Categories
Mika

Mika 7

Mika ashavuzwa n’ubwoko bwe

1 Mbega ishyano ngushije!

Meze nk’ushakira imbuto ahamaze gusarurwa,

meze nk’uhumba imbuto z’imizabibu,

nyamara nta mbuto zo kurya zasigayeho,

nta na duke mbonye two kuramira umutima.

2 Nta ndahemuka zisigaye mu gihugu,

nta ntungane n’imwe ikiharangwa.

Bose baca ibico byo kumena amaraso,

umuntu wese ahīga mugenzi we kugira ngo amugushe mu mutego.

3 Ni abahanga bo gukora ibibi,

abategetsi n’abacamanza nta cyo bakora batatse ruswa,

abakomeye barabyitwaza bakagera ku byo bashaka,

babigeraho bakoresheje uburiganya.

4 Uw’indakemwa muri bo ahanda nk’igitovu,

uw’intungane ahanda kurusha uruzitiro rw’amahwa.

Dore igihe Imana yateguriye kuzabahana kiregereje,

ni cyo gihe abarinzi babo b’abahanuzi bababuriraga bavuze,

none bibaye urujijo.

5 Ntukizere mugenzi wawe,

ntukiringire incuti,

ndetse n’umugore muryamanye jya witondera icyo umubwira.

6 Erega umuhungu asigaye atuka se,

umukobwa arwanya nyina,

umukazana na we arwanya nyirabukwe!

Abanzi b’umuntu ni abo mu rugo rwe.

7 Ariko jyewe mpanze amaso Uhoraho,

nizeye Imana Umukiza wanjye,

Imana yanjye izanyitaho.

Kwiringira Imana no kuyisenga

8 Mwa banzi bacu mwe, mwitwishima hejuru,

twaguye mu kaga ariko tuzegura umutwe.

Turi mu icuraburindi ariko Uhoraho ni we rumuri rwacu.

9 Uburakari bw’Uhoraho tuzabwihanganira kuko twamucumuyeho.

Ariko igihe kizagera atuburanire aturenganure.

Azatuvana mu mwijima atumurikire twibonere ko ari intungane.

10 Abanzi bacu bazabireba bakorwe n’isoni,

ba bandi badushungeraga bati:

“Uhoraho Imana yanyu yabamariye iki?”

Tuzabītegereza,

bazanyukanyukwa nk’icyondo cyo mu nzira.

11 Mwa batuye i Yeruzalemumwe,

igihe kizaza muzongere mwubake inkuta zayo,

icyo gihe igihugu cyanyu kizāguka.

12 Icyo gihe bene wanyu bazatahuka,

bazaturuka mu gihugu cya Ashūru n’icya Misiri,

bazaturuka mu Misiri no mu karere k’uruzi rwa Efurati,

bazaturuka mu turere tw’inyanja no mu misozi bya kure.

13 Ibyo bihugu bizahinduka amatongo,

bizaterwa n’ubugome bw’abaturage babyo.

Impuhwe Uhoraho agiriye ubwoko bwe

14 Uhoraho, fata inkoni yawe uragire ubwoko bwawe,

ni bwo mukumbi wawe w’umwihariko.

Uwo mukumbi wibera mu ishyamba wonyine,

nyamara rizengurutswe n’ubutaka burumbuka,

uwuragire i Bashani n’i Gileyadi,

uwuragire nk’uko wabikoraga kera.

15 Uhoraho arasubiza ati:

“Nzongera mbakorere ibitangaza,

nzabakorera nk’ibyo nabakoreye igihe nabavanaga mu Misiri.”

16 Ab’amahanga akomeye bazabibona bumirwe,

bazaruca barumire, amatwi bayavuniremo ibiti.

17 Bazunamira Uhoraho Imana yacu,

bazasohoka mu bigo ntamenwa byabo bahinda umushyitsi,

bazagira ubwoba batinye.

Bazacishwa bugufi bikurure hasi,

bazamera nk’inzoka n’ibindi bikōko bikurura inda.

18 Nta yindi mana ibaho yagereranywa nawe,

ubabarira abanyabyaha,

ntuhana abasigaye bo mu bwoko bwawe bagucumuyeho,

ntuhora ubarakariye,

wishimira kubakunda.

19 Erega uzongera utugirire impuhwe!

Ibicumuro byacu uzabitsembaho,

ibyaha byacu uzabiroha ikuzimu mu nyanja.

20 Twebwe abakomoka kuri Yakobo uzatugaragariza umurava,

twebwe abakomoka kuri Aburahamu uzatugaragariza urukundo.

Ni ko warahiye ba sogokuruza kuva kera kose.

Categories
Nahumu

Nahumu 1

1 Ngiki igitabo gikubiyemo ibyo Imana yahishuriye Nahumu wo mu mujyi wa Elikoshi. Kirimo imiburo y’ibyerekeye umurwa wa Ninive.

Uhoraho ateye ubwoba ariko agira neza

2 Uhoraho ni Imana ifuha kandi ihōra,

Uhoraho agira uburakari bwinshi kandi agahōra.

Uhoraho ahōra abamurwanya,

arakarira abanzi be.

3 Uhoraho atinda kurakara,

nyamara afite imbaraga nyinshi,

ntabura guhana abagizi ba nabi.

Aho Uhoraho anyuze haba inkubi y’umuyaga na serwakira,

ibicu ni umukungugu utumurwa n’ibirenge bye.

4 Acyaha inyanja igakama,

inzuzi zose na zo azikamyamo amazi,

atuma inzuri z’i Bashani n’izo kuri Karumeli zuma,

uburabyo bwo ku bisi bya Libani na bwo buruma.

5 Atuma imisozi itingita,

udusozi na two ducika inkangu.

Iyo ahingutse isi irahindagana,

isi n’abayituye bose birakangarana.

6 Ni nde wahangara kumuhagarara imbere yarakaye?

Ni nde wahangana n’umujinya we ukaze?

Uburakari bwe bugurumana nk’inkongi y’umuriro,

butuma n’ibitare bisatagurika.

7 Uhoraho agira neza,

ni ubuhungiro mu gihe cy’amakuba,

yita ku bamwisunga.

8 Nyamara Ninive azayiteza umwuzure ayirimbure,

abanzi be azabakurikirana abamarire ku icumu.

Ubutumwa ku Banyashūru no ku Bayuda

9 Ni kuki mwigomeka ku Uhoraho?

Azabatsemba abamareho.

Abanzi be ntibazongera kubyutsa umutwe.

10 Bameze nk’amahwa asobekeranye,

ni abanyarugomo bameze nk’abasinzi,

ni cyo gituma bazagurumana nk’ibishakashaka byumye.

11 Ninive we, muri wowe haturutse umuntu ucura inama mbi,

agambirira ibibi akigomekaku Uhoraho.

12 Uhoraho arabwira Abayuda ati:

“Abanyashūru babarusha imbaraga kandi ni benshi,

ariko bazarimbuka bashireho.

Namwe nabateye umubabaro,

ariko sinzongera kubababaza.

13 Ubu ngiye kubavana mu gahato k’Abanyashūru,

nzaca ingoyi bababohesheje.”

14 Mwa batuye i Ninive mwe,

dore iteka Uhoraho abaciriyeho.

“Nta rubyaro ruzabakomokaho ngo ruzabitirirwe.

Nzamenagura amashusho asengwa mwabaje n’ayo mwacuze,

nzayamenagurira mu ngoro z’ibigirwamana byanyu.

Namwe nta cyo mukimaze ngiye kubacukurira!”

Categories
Nahumu

Nahumu 2

1 Mwa Bayuda mwe, dore intumwa iturutse ku misozi,

ije gutangaza inkuru nziza ko ari amahoro.

Cyo nimwizihize iminsi mikuru yo gusenga Imana,

nimuhigure n’imihigo mwahize.

Erega wa muntu wigomeka ntazongera gutera igihugu cyanyu,

yararimbutse ashiraho!

Kurimbuka kwa Ninive

2 Mwa batuye i Ninive mwe, dore abanzi barabateye!

Nimurwane ku bigo ntamenwa byanyu,

nimugenzure imihanda yinjira mu murwa,

nimukenyere mukomeze mukoreshe imbaraga zanyu zose!

3 Mwasahuye abakomoka kuri Yakobo ari bo Bisiraheli,

mwangije imizabibu yabo,

nyamara Uhoraho abasubije ishema ryabo.

Ninive iterwa ikanasahurwa

4 Dore abasirikari bateye Ninive batwaye ingabo zitukura,

bambaye n’imyambaro y’umutuku.

Biteguye kugaba igitero,

amagare yabo y’intambara aratera ibishashi nk’umuriro,

babanguye amacumu yabo.

5 Amagare yabo y’intambara yiroshye mu mihanda,

aragenda anyuranamo mu mihanda mikuru,

uyabonye wakwibwira ko ari imuri zigurumana,

anyaruka nk’umurabyo.

6 Umwami wa Ashūru yohereje abasirikari be bakuru,

bagiye bihuta bagwa babyuka,

bageze ku rukuta rw’umurwa bahashinga ibirindiro.

7 Naho abanzi binjiriye mu marembo areba ku ruzi,

bahise bafata ingoro y’umwami.

8 Birarangiye Ninive irasahuwe,

abayituye bajyanywe ho iminyago.

Abaja babo bitangiriye itama,

baraganya nk’inuma ziguguza.

9 Ninive imeze nk’ikigega cy’amazi cyatobotse,

abayituye barayivamo.

Barabahamagara ngo bahagarare,

ariko nta n’umwe ukebuka ngo arebe inyuma.

10 Nimusahure ifeza musahure n’izahabu,

dore hari ubukungu butabarika,

huzuye ibintu by’agaciro kenshi!

11 Ninive irasenyutse, irasahuwe ihindutse amatongo!

Abayituye bakutse umutima,

amavi yabo arakomangana,

umubiri wose urahinda umushyitsi,

mu maso habo harasuherewe.

Abami ba Ashūru bagereranywa n’intare

12 Ninive yari imeze nk’isenga y’intare,

none se byayigendekeye bite?

Yari imeze nk’aho ibyana by’intare birira,

intare y’ingabo n’iy’ingore ni ho ziberaga,

ibyana byazo ntibyagiraga ikibihungabanya.

13 Intare yatanyaguzaga umuhigo igahaza ibyana byayo,

yarawuniguraga ikagaburira ingore zayo.

Isenga yayo yayuzuzagamo ibyo yishe,

ubuvumo bwayo yabwuzuzagamo umuhigo.

14 Uhoraho Nyiringabo aravuze ati:

“Ninive we, ndakwibasiye,

nzatwika amagare yawe y’intambara,

ibyana by’intarebyawe bizicishwa inkota.

Nzakubuza kongera guhīga ku isi,

nta n’uzongera kumva intumwa zawe.”

Categories
Nahumu

Nahumu 3

Kurimbuka guteye isoni kwa Ninive

1 Wa murwa umena amaraso we, ugushije ishyano!

Wiganjemo abanyabinyoma,

wuzuyemo n’iminyago,

ntuhwema gusahura iby’abandi.

2 Umva urusaku rw’inkoni z’abayoboye amafarasi,

umva urusaku rw’inziga z’amagare y’intambara!

Umva imirindi y’amafarasi yiruka cyane,

umva n’ikiriri cy’amagare y’intambara asimbagurika.

3 Dore abarwanira ku mafarasi bagabye igitero!

Inkota ziratera ibishashi,

amacumu ararabagirana.

Abaguye ku rugamba ni ishyano ryose,

intumbi ziragerekeranye,

imirambo ntibarika,

abantu bagenda bayisitaraho!

4 Ninive ari yo ndaya kabuhariwe,

yari ifite uburanga buhebuje,

yari n’umupfumu w’umuhanga.

Yigaruriraga andi mahanga ikoresheje ubusambanyi,

yigaruriraga andi moko ikoresheje ubupfumu.

5 Ni cyo gituma Uhoraho Nyiringabo ayibwira ati:

“Dore ndakwibasiye,

ibyawe nzabishyira ahabona ukorwe n’isoni,

nzereka amahanga ubwambure bwawe,

uzakorwa n’ikimwaro imbere y’ibindi bihugu.

6 Nzakujugunyaho ibyanduza bitera ishozi,

nzagusuzuguza abantu bose bagushungere.

7 Abazakubona bose bazakugendera kure,

bazatangara bati: ‘Ninive ibaye amatongo!

Koko ntawe uzayiririra!’

Uzabona he ushobora kuguhumuriza.”

Ninive izaba nka Tebesi

8 Ninive we, ese urinzwe kurusha umujyi wa Tebesi?

Uwo mujyi na wo wari wubatse ku nkengero y’uruzi,

wari ukikijwe n’amazi,

uruzi ni rwo rwabaye urukuta ruwurinda.

9 Ni ho hari ubutegetsi bukomeye bwa Misiri na Kushi,

Abaputin’Abanyalibiya baje kuyitabara.

10 Nyamara abanzi bayo barayigaruriye,

abayituye bajyanywe ho iminyago,

abana babo biciwe mu mahuriro y’imihanda.

Abanzi bafindiye abanyacyubahiro bayo ngo babigabanye,

babohesheje abakomeye bayo iminyururu.

11 Mwa batuye i Ninive mwe, ni mwe mutahiwe,

muzahungetwa nk’abasinzi mwihishe.

Ni mwe mutahiwe gushaka aho muhungira abanzi.

Ninive inanirwa kwirwanaho

12 Ibigo by’ingabo zanyu byose ntibifashije,

bimeze nk’ibiti by’imitini ihishije.

Ubinyeganyeje imbuto zihungukira mu kanwa ke!

13 Dore ingabo zanyu zifite ubwoba kurusha abagore!

Imipaka yanyu abanzi barayuguruye,

umuriro wakongoye ibihindizo by’amarembo yanyu.

14 Nimwivomere amazi azabahaza mwugarijwe n’abanzi.

Nimucukure ibumba murikāte,

nimubumbe amatafari yo gusana inkuta zanyu.

15 Icyakora muzicwa n’inkongi y’umuriro,

muzashirira ku rugamba,

muzatsembwa nk’imyaka itsembwa n’inzige!

Ubwami bwa Ashūru busenyuka

Mwabaye benshi mumera nk’inzige,

mwabaye benshi nk’isanane.

16 Mwohereje abacuruzi benshi mu mahanga,

babaye benshi nk’inyenyeri zo ku ijuru,

bari bameze nk’inzige zirya ibihingwa zikigurukira.

17 Ingabo zanyu zari zimeze nk’inzige,

abatware b’ingabo bari bameze nk’irumbu ry’ibihore,

byirirwa ku nzitiro iyo hari imbeho,

iyo hamaze gushyuha birigurukira,

ntawe umenya aho birengeye.

18 Mwami wa Ashūru we, abatware bawe barishwe,

abagaba b’ingabo zawe basinziriye ubuticura!

Dore abaturage bakwiye imishwaro ku misozi,

ntabwo habonetse umuntu wo kubakoranya.

19 Erega nta muti wakomora ibikomere byanyu,

inguma zanyu ni simusiga!

Abazumva ibyababayeho bose bazabishimaho,

koko nta n’umwe mutakandamije.

Categories
Habakuki

Habakuki 1

1 Ngiyi imiburo umuhanuzi Habakuki yahishuriwe.

Habakuki araharanira ubutabera

2 Uhoraho, ko utanyumva,

mbese nzagutabaza ngeze ryari?

Ndagutakambira kubera urugomo ruriho,

nyamara ntawe urengera.

3 Kuki utuma ndeba ubugome buriho?

Nawe kuki urēbēra abarengana?

Nta kindi nkibona atari urugomo n’ibintu birimbuka,

impaka n’amahane biri hose!

4 Ni cyo gituma amategeko yarapfukiranywe,

ntaho ubutabera bukirangwa,

abagome baryamira intungane,

bityo bagoreka ubutabera.

Igisubizo cy’Uhoraho

5 Uhoraho aravuga ati:

“Nimwitegereze amahanga maze mutangare!

Muri iki gihe cyanyu hagiye gukorwa igitangaza,

ntimuzacyemera nubwo hagira ukibabwira.

6 Dore mpagurukije Abanyababiloniya,

ni ubwoko bw’inkazi kandi buhutiraho,

bazatera isi yose bigarurire ibindi bihugu.

7 Ni abantu bateye ubwoba kandi batinyitse,

ni abirasi bishyiriraho ayabo mategeko.

8 Amafarasi yabo arusha ingwe kunyaruka,

abayagenderaho ni inkazi kurusha amasega agiye guhīga,

amafarasi si ukugenda araguruka.

Abayagenderaho baturuka iyo bigwa,

baza bagendera mu birere nka kagoma irabutswe inyama.

9 Bose bagenzwa n’ibikorwa by’urugomo,

bagenda būhanya bagana imbere,

bafata abantu benshi nk’umusenyi.

10 Abanyababiloniya basuzugura abami,

banegura abategetsi.

Ntibakangwa n’ibigo ntamenwa,

batinda igitaka cyo kuririraho bakigarurira ibyo bigo.

11 Banyaruka nk’umuyaga,

aho banyuze bagenda bakora ibibi,

imbaraga zabo bazigize imana yabo!”

Habakuki yongera gutakambira Uhoraho

12 Uhoraho, uriho kuva kera kose,

Mana yanjye, nta nenge ugira,

ntuzatuma dupfa!

Uhoraho, wahagurukije Abanyababiloniya ngo barangize imanza waduciriye,

Rutare mpungiraho, wabashyizeho ngo baduhane.

13 Uri intungane ntiwihanganira ubugome,

ntubasha kurēbēra abarengana,

none se kuki urēbēra abagambanyi?

Kuki abagome batsemba ababarusha gutungana ukicecekera?

14 Ureka abantu waremye bakamera nk’amafi yo mu nyanja,

bamera nk’ibikōko byo mu mazi bitagira umuyobozi.

15 Abanyababiloniya bakacira abantu bose nk’abafatisha amafi ururobo,

babafata nk’ufata amafi mu rushundura,

babakoranya nk’amafi ari mu mutego,

ibyo bituma bishima bakanezerwa.

16 Iyo mitego yabo bayitambira ibitambo,

bosereza imibavu inshundura zabo,

ni byo bakesha ibyokurya byinshi kandi biryoshye.

17 Mbese bazageza he gutega imitego?

Bazagumya gutsemba amahanga nta mbabazi!

Categories
Habakuki

Habakuki 2

Uhoraho asubiza Habakuki

1 Ngiye gukomera ku murimo wanjye wo kuba maso,

ngiye guhagarara ku munara w’igenzura,

ngiye guhanga amaso ku Uhoraho ntegereze icyo ambwira,

mbese nzasubiza iki abanyitotombera?

2 Uhoraho ni ko kunsubiza ati:

“Andika icyo nkwereka,

ucyandike ku bisate by’amabuye ku buryo busomeka,

bityo umuntu wese abashe kucyisomera adategwa.

3 Icyo nkwereka kizasohozwa igihe kigeze,

kirihutirwa kizagera ku iherezo nta kabuza,

nubwo byatinda ugitegereze kizaza,

koko igihe nagennye kizaza.

4 Andika uti:

‘Umwirasi yishyira hejuru kandi ataboneye na busa,

nyamara intungane izabeshwaho n’ubudahemuka bwayo.’

Abanyababiloniya bazahanwa

5 Abanyagasuzuguro si abo kwizerwa,

abirasi ntibajya batuza,

ntibigera banyurwa,

bameze nk’ikuzimu hadahāga abapfa!

Bigarurira amahanga yose,

amoko yose bayagira ayabo.”

6 Abantu bo muri ayo mahanga bazabagira iciro ry’imigani,

bazabanegura babakobe bati:

“Bazabona ishyano abarundanya ibitari ibyabo!

Mbese bazakungahazwa n’ibyo bambuye abandi bageze ryari?”

7 Namwe ababishyuza ibyabo bazabahagurukira,

bazaza babatere ubwoba babajyane ho iminyago.

8 Mwasahuye amahanga menshi,

namwe amoko yandi yose azabasahura.

Koko mwamennye amaraso menshi,

mwakandamije ibihugu n’imijyi n’ababituye.

9 Bazabona ishyano abubakisha amazu yabo ibyibano!

Barayubaka bakayakomeza bakibwira ko nta cyabatera.

10 Nyamara imigambi yanyu izatuma mukorwa n’isoni!

Uko mwatsembye amahanga menshi namwe ni ko muzicwa.

11 Amabuye yubatse inkuta azasakuza abarege,

mwikorezi na zo zizayashyigikira!

12 Bazabona ishyano abubakisha umurwa wabo ibyavuye ku bwicanyi!

Bakomeresha imijyi yabo ibyo bakuye mu bugome!

13 Nyamara ibyo amahanga agokera bizatwikwa,

ibyo amoko avunikira ni ukurushywa n’ubusa.

Mbese ibyo si Uhoraho Nyiringabo utuma bikorwa?

14 Koko isi izuzuzwa kumenya ikuzo ry’Uhoraho,

izuzuzwa nk’uko inyanja zisendera amazi.

15 Bazabona ishyano abuhira inzoga abaturanyi babo!

Mubaha izivanze kugira ngo zibasindishe,

bityo mushimishwa no kubareba bambaye ubusa!

16 Aho guhabwa ikuzo muzakorwa n’isoni.

Uhoraho azabuhira igikombe cy’uburakaribwe,

ngaho namwe nimunywe zibateshe ibyo mwambaye,

bityo ikuzo ryanyu rizasimburwa no gukorwa n’isoni.

17 Ibibi mwakoreye Abanyalibani bizabagaruka,

mwishe inyamaswa nyinshi,

none inyamaswa zizahora zibatera ubwoba!

Koko mwamennye amaraso y’abantu benshi,

mwakandamije ibihugu n’imijyi n’ababituye.

18 Mbese amashusho asengwa amaze iki?

Ese si abantu bayakora?

Mbese si ayo kubeshya abantu gusa?

Bagirira icyizere ibigirwamana bitavuga,

kandi ari bo babyiremera!

19 Bazabona ishyano ababwira ingiga y’igiti bati: “Kanguka!”

Babwira n’ibuye ritabasha kuvuga bati: “Byuka!”

Mbese ibyo bigirwamana hari icyo byigisha?

Biyagirijweho izahabu n’ifeza,

nyamara nta mwuka ubirimo.

20 Uhoraho we aganje mu Ngoro ye nziranenge,

abatuye isi bose nibacecekere imbere ye.

Categories
Habakuki

Habakuki 3

Isengesho rya Habakuki

1 Ngiri isengesho ry’umuhanuzi Habakuki, riririmbwa ku buryo bw’amaganya.

2 Uhoraho, numvise ibigwi byawe,

Uhoraho, ibitangaza wakoze byanteye ubwoba.

Muri ibi bihe byacu ongera ukore ibitangaza wajyaga ukora,

muri ibi bihe byacu ujye ubitugaragariza.

Nubwo warakara ujye utugirira imbabazi.

3 Dore Imana nziranenge iturutse i Temani,

inyuze ku musozi wa Parani.

Kuruhuka

Ikuzo ryayo risesuye ijuru,

isi yuzuye ishimwe ry’abayisingiza!

4 Irabagirana nk’urumuri,

imirasire ibiri nk’iy’izuba ituruka mu kiganza cyayo,

ni na ho ububasha bwayo buboneka.

5 Ibyorezo biyigenda imbere,

aho inyuze hasigara indwara.

6 Irahaguruka isi igatingita,

irareba amahanga agashya ubwoba.

Imisozi yabayeho kuva kera icika inkangu,

udusozi twa kera turīka,

iyo ni yo migenzereze yayo kuva kera kose!

7 Nabonye Abakushani bagwije umubabaro mu mahema yabo,

Abamidiyani bahindiye umushyitsi aho batuye.

8 Uhoraho, mbese warakariye inzūzi?

Mbese inzūzi ni zo zigutera umujinya?

Cyangwa se warakariye inyanja?

Waje ku bicu nk’ugendera ku ifarasi,

wagiye gutsinda abanzi nk’ugendera mu igare ry’intambara.

9 Umuheto wawe wawusohoye mu ntagara,

indahiro yawe ni yo myambi urashisha.

Kuruhuka

Watumye isi yiyasa imigezi iratemba,

10 imisozi yarakurabutswe iratingita,

amazi ahurura arahita,

inyanja irahorera,

imihengeri yiteragura hejuru.

11 Izuba n’ukwezi byahagaraye aho byari bigeze,

byari bikanzwe n’umucyo w’imyambi yawe,

byari bikanzwe n’icumu ryawe rigenda rirabagirana.

12 Watambagiye isi ufite umujinya,

waribase amahanga ufite uburakari.

13 Wazanywe no gutabara ubwoko bwawe,

wazanywe no gutabara umwami watoranyije.

Wishe umuyobozi w’igihugu cy’abagome,

waramushinyaguriye uramucuza,

Kuruhuka

14 wamurashishije imyambi ye bwite.

Abanzi baduteye bihuta nka serwakira,

bishimiye guca ibico byo gutsemba abanyabyago.

15 Wavogereye inyanjauri ku mafarasi yawe,

watumye imihengeri yayo yitera hejuru.

16 Ibyo byose narabyumvise nkuka umutima,

numvise urusaku rwabyo amenyo arakomangana,

nacitse intege ndadagadwa,

amaguru yanjye yahinze umushyitsi.

Reka nicecekere ntegereze:

igihe kizagera Imana ihane abadutera.

17 Nubwo imitini itarabya,

nubwo imizabibu itakwera,

nubwo iminzenze yarumba,

nubwo imirima itatanga umusaruro,

nubwo intama n’ihene zashira mu biraro,

nubwo inka zashira mu bikumba,

18 sinzabura kwishimira Uhoraho,

nzanezezwa n’Imana Umukiza wanjye!

19 Nyagasani Uhoraho ni we untera imbaraga,

antambagiza ahirengeye,

ampa kugenda nk’imparakazi nta mpungenge.

Indirimbo y’umuyobozi w’abaririmbyi, iririmbwa hacurangwa umurya w’inanga.

Categories
Sofoniya

Sofoniya 1

1 Ngubu ubutumwa Uhoraho yahaye Sofoniya mwene Kushi wa Gedaliya, ukomoka kuri Amariya mwene Hezekiya. Hari ku ngoma ya Yosiyamwene Amoni umwami w’u Buyuda.

Umunsi ukomeye w’Uhoraho

2 Uhoraho aravuga ati:

“Nzatsemba ibiri ku isi byose,

3 nzatsemba abantu n’amatungo,

nzatsemba ibiguruka n’amafi,

nzatsemba abagome n’ibitera abantu gucumura,

nzamara abantu ku isi.”

Uko ni ko Uhoraho avuga.

4 “Nzahana igihugu cy’u Buyuda,

nzahana abatuye umurwa wacyo Yeruzalemu.

Nzahatsemba abagisenga ikigirwamana Bāli,

abatambyi bacyo ntibazibukwa ukundi.

5 Nzatsemba abajya hejuru y’inzubagasenga inyenyeri,

nzatsemba n’abansenga bakanyirahira bambangikanyije na Milikomu.

6 Jyewe Uhoraho nzatsemba n’abanyimūye,

nzatsemba abaretse kunyoboka no kungisha inama.”

7 Nimucecekere imbere ya Nyagasani Uhoraho,

dore umunsi w’Uhoraho uregereje.

Koko Uhoraho yateguye igitambo,

yamaze gutoranya abo bazagisangira.

8 Uhoraho aravuga ati:

“Ku munsi nzatambaho igitambo,

nzahana abatware n’abana b’umwami,

nzahana n’abifata nk’abanyamahanga batanyemera.

9 Uwo munsi nzahana abakurikiza imiziririzoigihe binjira mu nzu,

nzahana n’abuzuza mu nzu ya shebuja ibyavuye ku rugomo n’uburiganya.”

10 Uhoraho aravuga ati:

“Uwo munsi hazumvikana induru ivugira ku Irembo ry’Amafi,

imiborogo izumvikana mu gace gashya k’umurwa,

urusaku rukomeye ruzumvikana ku misozi.

11 Mwa batuye ku murenge w’i Makiteshimwe, nimuboroge,

dore abacuruzi bose bazashiraho,

abaguzi b’ifeza bazatsembwa.

12 “Icyo gihe nzafata urumuri njagajage Yeruzalemu.

Nzahana abantu baho badamaraye,

bameze nk’inzoga iteretse ngo itende ryikeneke,

baribwira bati:

‘Uhoraho nta cyo azadutwara,

ntahembera icyiza cyangwa ngo ahanire ikibi.’

13 Umutungo wabo uzasahurwa,

amazu yabo azasenyuka.

Abazubaka amazu ntibazayaturamo,

abazatera imizabibu ntibazanywa divayi yayo.”

14 Umunsi ukomeye w’Uhoraho uregereje,

uregereje ndetse urihuta.

Uwo munsi abantu bazacura imiborogo,

ndetse n’intwari ubwayo izatabaza itaka.

15 Uwo munsi uzaba ari umunsi w’uburakari bw’Uhoraho,

uzaba ari umunsi w’akaga n’agahinda,

uzaba ari umunsi wo kurimbura no kwangiza,

uzaba ari umunsi w’icuraburindi n’umwijima,

uzaba ari umunsi w’ikibunda n’igihu kibuditse,

16 uzaba ari umunsi w’urusaku n’impanda by’intambara.

Abanzi bazatera imijyi ntamenwa,

bazatera n’iminara yo mu nguni z’inkuta zayo.

17 Uhoraho aravuga ati:

“Nzateza abantu akaga,

bazagenda barindagira nk’impumyi,

nzabagenza ntyo kuko bancumuyeho.

Amaraso yabo azameneka nk’umukungugu bamena,

imirambo yabo izajugunywa nk’imyanda.”

18 Ifeza n’izahabu byabo nta cyo bizabamarira,

ntibizabakiza umunsi w’uburakari bw’Uhoraho.

Umujinya we ugurumana uzakongora isi yose,

koko abari ku isi yose azabagwa gitumo abatsembe.

Categories
Sofoniya

Sofoniya 2

Guhamagarirwa kwihana

1 Mwa bwoko butagira isoni mwe,

ngaho nimuteranire hamwe.

2 Nimuterane mutaracirwaho iteka,

nimuterane uburakari bukaze bw’Uhoraho butarabageraho,

nimuterane umunsi w’uburakari bw’Uhoraho utarabageraho.

Erega uwo munsi wihuta nk’umurama utumurwa n’umuyaga!

3 Yemwe abicisha bugufi bo mu gihugu mwe,

mwebwe mukurikiza ibyemezo Uhoraho yafashe,

nimumutakambire.

Nimuharanire ubutungane no kwicisha bugufi,

ahari Uhoraho azabarokora ku munsi w’uburakari bwe.

Imana izahana Abafilisiti

4 Abatuye umujyi wa Gaza bazahunga,

umujyi wa Ashikeloni uzaba ikidaturwa,

abatuye uwa Ashidodi bazameneshwa ku manywa y’ihangu,

umujyi wa Ekuroniuzarimbuka.

5 Mwa Bafilisiti mwe, muzabona ishyano,

muzarimbuka mwe abakomoka i Kireti mukaba mutuye ku nkengero z’inyanja.

Dore ibyo Uhoraho avuga ku gihugu cyanyu cya Kanāni:

“Nzakirimbura he gusigara n’uwo kubara inkuru.”

6 Aho mutuye aho ku nyanja hazahinduka inzuri,

hazahinduka icyanya cy’abashumba,

bazahubaka n’ibiraro by’intama.

7 Ni ho hazatura Abayuda bazaba basigaye,

ni ho bazaragira amatungo yabo,

nijoro bazaryama mu mazu y’umujyi wa Ashikeloni.

Koko Uhoraho Imana yabo azabibuka,

azagarura abajyanywe ho iminyago.

Imana izahana Abamowabu n’Abamoni

8-9 Uhoraho Nyiringabo Imana ya Isiraheli aravuze ati:

“Numvise uko Abamowabu batuka ubwoko bwanjye,

numvise n’uko Abamoni babuseka,

baraburengereye bāgura ibihugu byabo.

Ni yo mpamvu ndahiye ubugingo bwanjye,

igihugu cya Mowabu n’icya Amoni bizarimbuka,

bizamera nk’imijyi ya Sodoma na Gomora.

Bizahinduka amatongo iteka ryose,

bizaba iwabo w’ibisura n’ibigugu by’umunyu.

Abacitse ku icumu mu bwoko bwanjye bazasahura ibyo bihugu,

abo bantu banjye basigaye bazabyigarurira.”

10 Ibyo ni byo ayo mahanga aziturwa ubwirasi bwayo,

yatutse ubwoko bw’Uhoraho Nyiringabo araburengēra.

11 Uhoraho azatsemba imana zose zo ku isi,

abatuye ku isi bazamutinya,

abatuye iyo gihera na bo bazamuramya,

umuntu wese azamusengera aho atuye.

Imana izahana Abanyakushi n’Abanyashūru

12 Uhoraho aravuga ati:

“Mwa Banyakushi mwe, nzabamarira ku icumu.”

13 Uhoraho azahagurukira Ashūru,

azarimbura icyo gihugu cyo mu majyaruguru,

umurwa wa Ninive azawuhindura amatongo,

uzahinduka ubutayu bukakaye.

14 Aho Ninive yahoze hazaba ibiraro by’imikumbi,

inyamaswa z’amoko yose zizahaca ibikumba.

Ibihunyira n’inkotsa bizibera mu matongo yayo,

bizahuma binakotsorere mu madirishya y’amazu yaho.

Imiryango yayo izaba yarasenyutse,

imbaho zose bubakishije amazu zizaba zarasahuwe.

15 Nguko uko wa murwa wiyemera uzamera,

abawutuye bibeshya umutekano bibwira bati:

“Nta wundi mujyi ubaho wahwana n’uwacu!”

Mbega ukuntu uzahinduka amatongo!

Uzasigara ari igikumba cy’inyamaswa,

uzahanyura wese azifata ku munwa atangare.

Categories
Sofoniya

Sofoniya 3

Imana iburira Yeruzalemu

1 Umurwa wa Yeruzalemu uzabona ishyano!

Wuzuyemo abagomera Imana,

barawuhumanya bakanakandamiza abandi.

2 Abawutuye nta we bumvira,

ntibemera kugirwa inama.

Nta cyizere bagirira Uhoraho,

ntibatakambira Imana yabo.

3 Abatware baho bameze nk’intare zitontoma,

abacamanza baho bameze nk’amasega agiye guhīga nimugoroba,

arya umuhīgo wose ntagire icyo yirariza!

4 Abahanuzi baho ni abirasi n’ababeshyi,

abatambyi baho bahumanya ibyeguriwe Imana,

bagoreka n’Amategeko yayo.

5 Nyamara Uhoraho ari mu murwa rwagati,

ni intungane ntiyigera akora ibibi.

Uko bukeye ntasiba kwerekana ko ari intabera,

nyamara inkozi z’ibibi ntizibura gukora ibiteye isoni.

6 Uhoraho aravuga ati:

“Natsembye amahanga,

iminara y’abarinzi b’imijyi yayo yarasenyutse,

nasibye amayira yo muri yo, nta wayacamo.

Iyo mijyi yararimbutse,

nta n’umwe mu bayituye wacitse ku icumu.

7 Naribwiye nti:

‘Abatuye uyu murwa bazanyubaha,

bazemera kugirwa inama,

bityo uyu murwa ntuzarimbuka.’

Erega sinabahannye nk’uko nari nabiteganyije,

nyamara ntibatinze gukora ibibi!”

8 Uhoraho arongera ati:

“Noneho muzambona,

umunsi uzaza mpagurutswe no kubashinja.

Niyemeje gukoranya amahanga,

nzahuriza hamwe abatuye ibihugu,

na bo nzabarakarira bikomeye,

nzabatura umujinya wanjye ukaze.

Umujinya wanjye ugurumana uzakongora isi yose.

Abanyamahanga n’Abisiraheli bazahinduka

9 “Nzatuma abanyamahanga bahinduka,

aho gusenga ibigirwamana ni jye bazasenga.

Bose bazantakambira jyewe Uhoraho,

bazanyoboka bahuje umutima.

10 Ndetse no mu majyepfo ya Kushihazaba abansenga,

abatataniye muri ibyo bihugu bazantura amaturo.

11 “Bwoko bwanjye, uwo munsi nzabamaramo abuzuye ubwirasi,

ntimuzongera kungomera i Siyoni, wa musozi nitoranyirije,

bityo ntimuzaterwa isoni n’ibyo mwancumuyeho byose.

12 Nzabasigira abicisha bugufi n’abiyoroshya,

bazanyisunga jyewe Uhoraho.

13 Abisiraheli bazaba barokotse ntibazongera gukora ibibi,

ntibazabeshya cyangwa ngo bavuge iby’uburiganya.

Bazagira ishya n’ihirwe nta cyo bikanga.”

Uhoraho azaha abantu be umugisha

14 Siyoni we, ishime wiyamirire!

Isiraheli we, vuza impundu.

Yeruzalemu we, ishime,

nezerwa ubikuye ku mutima.

15 Uhoraho yahagaritse ibihano bigutegereje,

abanzi bawe yarabamenesheje.

Uhoraho Umwami w’Abisiraheli ari kumwe nawe,

ntuzongera kugira icyo utinya.

16 Uwo munsi Yeruzalemu izabwirwa ngo

“Siyoni komera, witinya!

17 Uhoraho Imana yawe ari kumwe nawe,

ni umunyambaraga azagukiza.

Azagushimira anezerwe,

azakwereka uko abakunda atuje,

azakwishimira aririmba nko ku munsi mukuru.”

18 Uhoraho aravuga ati:

“Nzakuvanaho ibyago byose,

nzagukuraho ikimwaro.

19 Dore igihe kizaza mpane abagukandamije bose,

nzakiza abacumbagira,

nzagarura abajyanywe ho iminyago,

koko basuzuguwe mu isi yose,

nyamara nzabahesha ikuzo n’icyubahiro.

20 Icyo gihe mwebwe nzabagarura mbakoranyirize hamwe,

nzabahesha icyubahiro n’ikuzo mu batuye isi yose.

Icyo gihe muzabyirebera,

nzabagarura mbavanye aho mwajyanywe ho iminyago.”

Uko ni ko Uhoraho avuga.