Categories
Ezekiyeli

Ezekiyeli 9

Igihano ku baturage b’i Yeruzalemu

1 Nuko numva Uhoraho avuga aranguruye ati: “Igihano cy’umujyi kiregereje. Yemwe abashinzwe guhana uyu mujyi, nimwigire hafi buri wese azane intwaro ye yo kurimbura!”

2 Hanyuma mbona abantu batandatu baturutse mu muryango w’Ingoro werekera mu majyaruguru, buri wese afite intwaro ye yo kurimbura. Muri bo hari umuntu wambaye imyambaro yera, akenyeje umukandara uriho igikoresho cyo kwandikisha cyagenewe umwanditsi. Binjira mu Ngoro bahagarara hafi y’urutambiro rw’umuringa.

3 Nuko ikuzo ry’Imana y’Abisiraheli ryari ku bakerubi rijya ku muryango w’Ingoro. Uhoraho ahamagara wa muntu wambaye imyambaro yera, akenyeje umukandara uriho igikoresho cyo kwandikisha.

4 Aramubwira ati: “Zenguruka umujyi wa Yeruzalemu, ushyire ikimenyetso ku ruhanga rw’abantu bababajwe kandi barizwa n’ibizira byose biwukorerwamo.”

5 Hanyuma numva Imana ibwira abandi bantu iti: “Nimumukurikire mugende mwica, ntimugire uwo mwitaho cyangwa ngo mumubabarire.

6 Mutsembe abasaza n’abasore n’inkumi, n’abana n’abagore. Nyamara umuntu washyizweho ikimenyetso ntimumwice, kandi muhere ku bari mu Ngoro.”

Nuko bahera ku bakuru b’imiryango bari imbere y’Ingoro.

7 Uhoraho arababwira ati: “Ngaho nimugende muhumanye Ingoro, urugo rwayo murwuzuze intumbi.”

Nuko baragenda bica abatuye umujyi.

8 Igihe bariho bica nari jyenyine, nikubita hasi nubamye ndavuga nti: “Nyagasani Uhoraho, ese ugiye kurimbura itsinda ryose ry’Abisiraheli basigaye, usuke uburakari bwawe kuri Yeruzalemu?”

9 Uhoraho aransubiza ati: “Ibicumuro by’Abisiraheli n’iby’Abayuda birenze urugero. Dore igihugu cyuzuye amaraso, na Yeruzalemu yuzuye ubugome. Abantu baravuga bati: ‘Uhoraho yatereranye iki gihugu ntatwitayeho.’

10 Bityo nanjye sinzigera mbitaho cyangwa ngo mbababarire, ahubwo nzabaryoza ibihwanye n’imigenzereze yabo.”

11 Nuko wa muntu wambaye imyambaro yera, akenyeje umukandara uriho igikoresho cyo kwandikisha agaruka avuga ati: “Uhoraho, nakoze uko wantegetse.”

Categories
Ezekiyeli

Ezekiyeli 10

Ikuzo ry’Uhoraho rivanwa mu Ngoro

1 Nuko nditegereza mbona igisa n’intebe ya cyami ikozwe muri safiro, cyari hejuru y’igisa n’igisenge kiri hejuru y’abakerubi.

2 Uhoraho abwira wa muntu wari wambaye imyambaro yera ati: “Nyura mu nziga ziri munsi y’abakerubi, wuzuze mu biganza byawe amakara yaka ukuye hagati y’abo bakerubi, uyanyanyagize mu mujyi.”

Nuko mbona wa muntu aragiye.

3 Igihe uwo muntu yagendaga, abakerubi bari bahagaze mu majyepfo y’Ingoro, kandi mu rugo rw’Ingoro igihu cyari kibuditse.

4 Nuko ikuzo ry’Uhoraho ryigaragariza hejuru y’abakerubi, ryerekera mu muryango w’Ingoro. Igihu kibuditse cyuzura mu Ngoro, naho urugo rwuzura umucyo w’ikuzo ry’Uhoraho.

5 Urusaku rw’amababa y’abakerubi rwumvikana inyuma y’urugo nk’ijwi ry’Imana Nyiringabo iyo ivuze.

6 Igihe Uhoraho yategekaga wa muntu wari wambaye imyambaro yera ati: “Fata umuriro uvuye hagati y’inziga ziri munsi y’abakerubi”, uwo muntu yaragiye ahagarara iruhande rw’uruziga.

7 Umukerubi umwe arambura ukuboko afata umuriro wari hagati y’abakerubi, afata amakara yaka ayashyira mu biganza bya wa muntu wari wambaye imyambaro yera. Uwo muntu afata ayo makara yaka aragenda.

8 Munsi y’amababa y’abakerubi hari igisa n’ikiganza cy’umuntu.

9 Nitegereje mbona inziga enye zisa, buri ruziga ruri iruhande rw’umukerubi. Izo nziga zarabengeranaga nk’amabuye y’agaciro.

10 Izo nziga zose uko ari enye zarasaga, zimeze nk’izisobekeranye rumwe mu rundi.

11 Iyo zagendaga zerekezaga muri kimwe mu byerekezo bine, ntizihindukire. Zaganaga aho abakerubi berekeye, ntizihindukire.

12 Imibiri y’abo bakerubi n’imigongo yabo, n’amaboko yabo n’amababa yabo, hamwe n’izo nziga zabo uko ari enye, byari byuzuyeho amaso impande zose.

13 Nuko numva izo nziga bazita “Izikaraga”.

14 Abo bakerubi bari bafite mu maso hane. Mu maso ha mbere hasaga n’ah’umukerubi, aha kabiri hasa n’ah’umuntu, aha gatatu hasa n’ah’intare, naho aha kane hasa n’aha kagoma.

15 Abo bakerubi batumbagira mu kirere, bameze nka bya binyabuzima nabonye ku ruzi rwa Kebari.

16 Iyo abakerubi bagendaga, inziga zagendaga iruhande rwabo, iyo baramburaga amababa yabo kugira ngo baguruke, inziga zajyanaga na bo.

17 Iyo abakerubi bahagararaga na zo zarahagararaga, iyo bagurukaga zajyanaga na bo kuko zakoreshwaga n’ibyo binyabuzima.

18 Nuko ikuzo ry’Uhoraho rivanwa ku muryango w’Ingoro, rijya hejuru y’abakerubi.

19 Abakerubi barambura amababa yabo mbona baragurutse, inziga na zo zijyana na bo. Bahagarara mu muryango w’iburasirazuba bw’Ingoro y’Uhoraho, ikuzo ry’Imana y’Abisiraheli rirabagiranira hejuru yabo.

20 Ni bo bya binyabuzima nabonye munsi y’Imana y’Abisiraheli ku muyoboro w’amazi witwa Kebari, maze menya ko ari abakerubi.

21 Buri mukerubi yari afite mu maso hane n’amababa ane, munsi ya buri baba hari igisa n’ikiganza cy’umuntu.

22 Mu maso habo hasaga na bya binyabuzima nabonye kuri Kebari, buri mukerubi yagendaga arombereje imbere ye.

Categories
Ezekiyeli

Ezekiyeli 11

Ab’i Yeruzalemu bazahanwa

1 Nuko Mwuka aranzamura anjyana ku muryango w’Ingoro y’Uhoraho, aherekera iburasirazuba. Bugufi bw’uwo muryango hari abantu makumyabiri na batanu, muri bo mbonamo uwitwa Yāzaniya mwene Azuri na Pelatiyamwene Benaya bari abayobozi ba rubanda.

2 Uhoraho arambwira ati:

3 “Yewe muntu, aba bantu bagamije gukora ibibi no gutanga inama mbi muri uyu mujyi. Baravuga bati: ‘Igihe cyo kubaka amazu ntikiragera. Uyu mujyi ni nk’inkono iteka, naho twe abawurimo turi nk’inyama.

4 Yewe muntu, ngaho bahanurire ubamagane.’ ”

5 Nuko Mwuka w’Uhoraho anzaho arambwira ati: “Uhoraho aravuze ati: ‘Mwa Bisiraheli mwe, koko nzi ibyo muvuga n’ibyo mutekereza.

6 Mwiciye abantu benshi muri uyu mujyi, amayira yawo muyuzuzamo intumbi.’

7 Ni cyo gitumye Nyagasani Uhoraho avuga ati: ‘Uyu mujyi ni wo nkono, naho intumbi mwawujujemo ni zo nyama. Nyamara mwebwe nzawubameneshamo.

8 Mutinya intambara, nyamara ni yo nzabateza. Uko ni ko Nyagasani Uhoraho avuze.

9 Nzabamenesha muri uyu mujyi mbagabize abanyamahanga, bityo mbahane.

10 Nzabatsembesha intambara mbahanire mu gihugu cyanyu, bityo mumenye ko ndi Uhoraho.

11 Uyu mujyi ntuzababera nk’inkono iteka, namwe ntimuzaba nk’inyama ziwurimo kuko nzabahanira mu gihugu cyanyu.

12 Muzamenya ko ndi Uhoraho, mukaba mwaranze gukurikiza amateka n’amategeko yanjye, nyamara mukigana imigenzo y’amahanga abakikije.’ ”

13 Nuko igihe nahanuraga, Pelatiya mwene Benaya arapfa. Mperako nikubita hasi nubamye ndangurura ijwi nti: “Nyagasani Uhoraho, mbese ugiye gutsemba Abisiraheli bose basigaye?”

Abajyanywe ho iminyago batahuka

14 Uhoraho arambwira ati:

15 “Yewe muntu, abatuye i Yeruzalemu bavuga ibyawe n’iby’abavandimwe bawe na bene wanyu n’Abisiraheli bose muri kumwe bati: ‘Bo bari kure y’Uhoraho, iki gihugu ni twebwe twagihawe ho gakondo.’

16 None rero babwire ko Nyagasani Uhoraho avuze ati: ‘Nubwo nabohereye mu mahanga nkabatatanyiriza mu bihugu, icyakora muri iki gihe ndi kumwe na bo muri ibyo bihugu, mbabereye ubuhungiro.’

17 “Babwire ko Nyagasani Uhoraho avuze ati: ‘Nzabakoranya mbavane mu mahanga, nzabavana mu bihugu mwatataniyemo mbasubize mu gihugu cya Isiraheli.

18 Muzakigarukamo maze mukureho ibizira n’ibiteye ishozi byose bikirimo.

19 Nzabahindura bashya mugire ibitekerezo bitunganye. Nzabakuramo umutima ukomeye nk’ibuye mbashyiremo umutima uboneye.

20 Bityo muzakurikiza amateka yanjye kandi mwitondere Amategeko yanjye. Muzaba abantu banjye, nanjye nzaba Imana yanyu.

21 Nyamara abiyeguriye ibizira n’ibiteye ishozi, nzabītura ibihwanye n’imigenzereze yabo.’ ” Uko ni ko Nyagasani Uhoraho avuze.

Ikuzo ry’Uhoraho rivanwa muri Yeruzalemu

22 Nuko abakerubi barambura amababa yabo bagurukana n’inziga zari iruhande rwabo, kandi ikuzo ry’Imana y’Abisiraheli ryarabagiraniraga hejuru yabo.

23 Hanyuma ikuzo ry’Uhoraho rivanwa mu mujyi, rijya hejuru y’umusozi uri iburasirazuba bwa Yeruzalemu.

24 Mwuka aranzamura anjyana muri Babiloniya, aho abajyanywe ho iminyago bari bari. Ibyo nabyerekwaga na Mwuka w’Imana, maze ibonekerwa rirangirira aho.

25 Hanyuma ibyo Uhoraho yanyeretse byose mbitekerereza abajyanywe ho iminyago.

Categories
Ezekiyeli

Ezekiyeli 12

Ab’i Yeruzalemu bazajyanwa ho iminyago

1 Uhoraho arambwira ati:

2 “Yewe muntu, utuye mu bagome! Bafite amaso nyamara ntibabona, bafite amatwi nyamara ntibumva kuko ari inyoko y’abagome.

3 Yewe muntu, ngaho rero hambira ibintu byawe nk’ujyanywe ho umunyago, kandi ugende ku manywa y’ihangu bakureba. Uzimuke ujye ahandi bakureba, ahari bizatuma bamenya ko ari ibyigomeke.

4 Uzafate ibintu byawe ku manywa y’ihangu bakureba, maze nimugoroba ugende nk’ujyanywe ho umunyago.

5 Uzace icyuho mu rukuta bakureba, abe ari ho unyuza ibintu byawe.

6 Uzabishyire ku rutugu bakureba, ugende mu kabwibwi. Uzipfuke mu maso kugira ngo utareba aho ujya, kuko nkugize ikimenyetso cy’ibizaba ku Bisiraheli.”

7 Nuko nkora ibyo Uhoraho yantegetse. Mfata ibintu byanjye ku manywa y’ihangu nk’ujyanywe ho umunyago, nimugoroba nca icyuho mu rukuta, ngenda mu kabwibwi ntwaye ibintu byanjye ku rutugu, bose bandeba.

8 Bukeye Uhoraho arambwira ati:

9 “Yewe muntu, koko Abisiraheli ni abantu b’ibyigomeke! Ese ntibigeze bakubaza bati: ‘Ibyo ukora ni ibiki?’

10 None rero ubabwire ko Nyagasani Uhoraho avuze ati: ‘Ubu butumwa bugenewe umwami w’i Yeruzalemu n’Abisiraheli bose bahatuye.’

11 Ubabwire uti: ‘Nababereye ikimenyetso. Uko byambayeho ni ko na bo bizababaho, bazajyanwa ho iminyago.

12 Umwami wabo azagenda mu kabwibwi ashyize ibintu bye ku rutugu, anyure mu cyuho cyamuteganyirijwe kiri mu rukuta. Azipfuka mu maso bitume atareba aho ajya.

13 Nzamutega umutego awugwemo, mujyane muri Babiloniya apfireyo atabonye icyo gihugu.

14 Nzatatanya ibyegera bye byose, n’abamurinda n’ingabo zose kandi mbakurikirane n’inkota.

15 Nimara kubatatanyiriza mu mahanga no mu bihugu bya kure, bazamenya ko ndi Uhoraho.

16 Nyamara bake muri bo nzabarokora intambara n’inzara n’icyorezo. Nibagera mu mahanga bazemera ibizira byose bakoze. Bityo abantu bose bazamenya ko ndi Uhoraho.’ ”

Ikimenyetso cy’umuhanuzi uhinda umushyitsi

17 Uhoraho arambwira ati:

18 “Yewe muntu, rya ibyokurya byawe uhinda umushyitsi, n’amazi yawe uyanywe udagadwa kandi ufite ubwoba.

19 None rero ubwire abatuye igihuguuti: ‘Nyagasani Uhoraho aravuze ngo: abatuye Yeruzalemu basigaye muri Isiraheli bazarya ibyokurya byabo bahangayitse, n’amazi yabo bayanywane agahinda, kuko igihugu cyabo cyose kizaba umusaka kubera ubugome bw’abagituye.

20 Imijyi yari ituwe izaba amatongo, igihugu cyose gihinduke umusaka, bityo muzamenyeraho ko ari jye Uhoraho.’ ”

Ijambo ry’Uhoraho rizasohozwa

21 Uhoraho arambwira ati:

22 “Yewe muntu, kuki muri Isiraheli muca uyu mugani ngo: igihe kirahita ikindi kigataha, nyamara nta bonekerwa na rimwe risohozwa?

23 Ubwire Abisiraheli uti: ‘Nyagasani Uhoraho agiye gukuraho uwo mugani, ntuzongera gucibwa ukundi muri Isiraheli.’ Ahubwo ubabwire uti: ‘Igihe kiregereje ngo ibonekerwa ryose risohozwe.’

24 Koko rero ibonekerwa ry’ibinyoma n’ubuhanuzi bushukana, ntibizongera kubaho mu Bisiraheli.

25 Nyamara jyewe Uhoraho nzavuga ibyo nshaka maze bisohozwe bidatinze, kuko mu gihe cyanyu mwa byigomeke mwe, nzasohoza ibyo navuze.” Uko ni ko Nyagasani Uhoraho avuze.

26 Uhoraho arambwira ati:

27 “Yewe muntu, Abisiraheli baravuga bati: ‘Ibonekerwa ryawe n’ubuhanuzi bwawe si iby’ubu, ahubwo ni ibyo mu bihe bizaza.’

28 None rero ubabwire ko jyewe Nyagasani Uhoraho ibyo navuze bitazatinda, ibyo navuze bizasohozwa.” Uko ni ko Nyagasani Uhoraho avuze.

Categories
Ezekiyeli

Ezekiyeli 13

Imiburo yerekeye abahanurabinyoma

1 Uhoraho arambwira ati:

2 “Yewe muntu, amagana y’abahanurabinyoma bo muri Isiraheli bahanura ibyo bishakiye. Ubabwire uti: ‘Nimwumve Ijambo ry’Uhoraho.

3 Nyagasani Uhoraho aravuze ngo: abo bahanuzi b’abapfapfa bazabona ishyano, kuko bahanura ibyo bishakiye kandi nta cyo naberetse!

4 Mwa Bisiraheli mwe, abahanuzi banyu ni nka za nyiramuhari zibera mu matongo.

5 Ntimwigeze mujya kuziba ibyuho cyangwa ngo musane inkuta, kugira ngo Abisiraheli bazabashe guhangana n’urugamba rwo ku munsi w’Uhoraho.

6 Ibonekerwa ryabo n’ubuhanuzi bwabo ni ibinyoma, bavuga ko ibyo bahanura ari jye Uhoraho wabibatumye, nyamara sinigeze mbibatuma. Koko rero bahora bizeye ko nzashyigikira ibinyoma byabo.

7 Ibonekerwa ryanyu n’ubuhanuzi bwanyu ni ibinyoma, kuko muvuga ngo: “Jyewe Uhoraho navuze”, kandi nta cyo navuze.’

8 Jyewe Nyagasani Uhoraho ndababwira nti: ‘Kuko amagambo yanyu ari ibinyoma n’ibonekerwa ryanyu akaba ari ibinyoma, ngiye kubahagurukira.’ Uko ni ko Nyagasani Uhoraho avuze.

9 “Nzahana abahanuzi bakoresha ibonekerwa ritari iry’ukuri, maze bagahanura ibinyoma. Ntibazakīrwa mu ikoraniro ry’abantu banjye, ntibazabarwa nk’Abisirahelikandi ntibazagaruka mu gihugu cya Isiraheli. Bityo muzamenya ko ndi Nyagasani Uhoraho.

10 “Koko rero bayobya abantu banjye bavuga bati: ‘Ni amahoro kandi ari nta yo’, bubaka ingirwarukuta bakazisīga ingwa.

11 None rero bwira abo bahanuzi basīga ingwa ku ngirwarukuta ko zigiye guhirima. Hagiye kugwa imvura y’umugaru n’iy’amahindu, n’umuyaga w’ishuheri.

12 Izo ngirwarukuta nizihirima, abantu bazababaza bati: ‘Ya ngwa mwazisīze yamaze iki?’

13 “Ni yo mpamvu Nyagasani Uhoraho avuga ati: ‘Ngiye kubarakarira nohereze umuyaga w’ishuheri, n’imvura y’umugaru n’iy’amahindu bizihirike. Kubera umujinya wanjye nzabateza amahindu atsembe ibintu.

14 Nzasenya izo ngirwarukuta wasīzeho ingwa, nzazirimbura maze imfatiro zazo zaname. Zizarindimuka zibice mwese, bityo muzamenya ko ndi Uhoraho.

15 Uburakari bwanjye buzagurumanira izo ngirwarukuta n’abazisīzeho ingwa. Nzababwira nti: ingirwarukuta zahirimanye n’abazisīze ingwa.

16 Abo ni ba bahanuzi b’Abisiraheli bijeje Yeruzalemu ko ari amahoro kandi ari nta yo, none akabo kashobotse.’ ” Uko ni ko Nyagasani Uhoraho avuze.

Imiburo yerekeye abahanuzikazi b’ibinyoma

17 Uhoraho aravuga ati: “Yewe muntu, ihanangirize abagore b’ubwoko bwawe bahanura ibyo bishakiye. Bagezeho ubutumwa bubagenewe,

18 ubabwire ibyo jyewe Nyagasani Uhoraho mbavugaho. Muzagusha ishyano mwa bagore mwe, mwe mwambika abantu impigi mu bizigira, mukabadodera ibitambaro byo mu mutwe mukurikije indeshyo ya buri muntu, mugambiriye kwigarurira abantu! Murashaka kwigarurira abantu banjye muharanira inyungu zanyu.

19 Mwantesheje icyubahiro mu bantu banjye, kugira ngo muronke ingemu z’impeke ku mashyi n’udusate tw’umugati. Mwica abantu b’inzirakaregane mugakiza abadakwiriye kubaho. Mubwira abantu banjye ibinyoma maze bakabizera.”

20 None rero Nyagasani Uhoraho aravuga ati: “Nanga izo mpigi mukoresha kugira ngo mwigarurire abantu nk’abahiga inyoni. Nzazibakura ku maboko nzicagagure, maze ndekure abo bantu mwigaruriye.

21 Nzashwanyaguza ibitambaro byanyu maze nkure abantu banjye mu maboko yanyu, mwe kuzongera kubigarurira ukundi. Bityo muzamenya ko ndi Uhoraho.

22 Muca intege abantu b’intungane mubabwira ibinyoma, kandi ntarigeze mbakura umutima. Mushyigikira inkozi z’ibibi ntizireke imigenzereze mibi yazo ngo zirokoke.

23 None rero amabonekerwa yanyu atari ay’ukuri, n’ubuhanuzi bwanyu bw’ibinyoma birarangiye. Nzakura abantu banjye mu maboko yanyu, bityo muzamenya ko ndi Uhoraho.”

Categories
Ezekiyeli

Ezekiyeli 14

Abisiraheli nibareke ibigirwamana

1 Bamwe mu bakuru b’Abisiraheli baje kungisha inama.

2 Nuko Uhoraho arambwira ati:

3 “Yewe muntu, aba bantu biyeguriye ibigirwamana bemera ko bibagusha mu byaha. None se nzemera ko bangisha inama?

4 Ubabwire ko jyewe Nyagasani Uhoraho mvuze nti: ‘Umwisiraheli wese wiyeguriye ibigirwamana kandi akemera ko bimugusha mu byaha, maze akaza kugisha inama umuhanuzi, ni jye ubwanjye uzamuha igisubizo gikwiranye n’ubwinshi bw’ibigirwamana atunze.

5 Ibyo nzabikorera kugarura Abisiraheli banyanze, bakayoboka ibigirwamana byabo.’

6 Nuko rero bwira Abisiraheli ko jyewe Nyagasani Uhoraho mvuga nti: ‘Nimwihane mureke gusenga ibigirwamana byanyu, muzinukwe ibizira byose mukora.’

7 “Igihe Umwisiraheli cyangwa umunyamahangauba mu Bisiraheli azanyanga akiyegurira ibigirwamana bikamugusha mu byaha, maze akaza kugisha inama umuhanuzi, ni jye ubwanjye Uhoraho uzamusubiza.

8 Nzahagurukira uwo muntu mugire akarorero, muce mu bantu banjye. Bityo muzamenya ko ndi Uhoraho.

9 “Umuhanuzi nashukika agasubiza ibyo yishakiye, ni jye ubwanjye Uhoraho uzaba namuretse akabikora. Nzakoresha ububasha bwanjye muvane mu bwoko bwanjye bw’Abisiraheli.

10 Uwo muhanuzi kimwe n’umugisha inama, bombi bahwanyije icyaha kandi bazahanwa kimwe.

11 Ibyo bizatuma Abisiraheli batongera kundeka, kandi ntibazongera kwiyandurisha ibyaha byabo byose, ahubwo bazaba abantu banjye, nanjye mbe Imana yabo.” Uko ni ko Nyagasani Uhoraho avuze.

Nta cyabuza Imana guca imanza

12 Uhoraho arambwira ati:

13 “Yewe muntu, abatuye igihugu nibacumura bakampemukira, nzakoresha imbaraga zanjye mbahane. Nzasenya ibigega byabo by’ibiribwa mbateze inzara, kandi nzatsemba abantu n’amatungo.

14 Nubwo abantu b’intungane nka Nowa na Daniyelina Yobubaba muri icyo gihugu, ubutungane bwabo ni bo bwakiza bonyine.” Uko ni ko Nyagasani Uhoraho avuze.

15 “Ndamutse nohereje inyamaswa z’inkazi mu gihugu zigatsemba abagituye, cyahinduka amatongo ku buryo nta watinyuka kukinyuramo, kubera gutinya izo nyamaswa.

16 Nubwo ba bantu batatu b’intungane baba muri icyo gihugu, ntibashobora gukiza abahungu babo cyangwa abakobwa babo, ahubwo ni bo ubwabo barokoka, igihugu kigahinduka amatongo.” Uko ni ko Nyagasani Uhoraho avuze.

17 “Ndamutse nteje intambara mu gihugu nkavuga nti: ‘Reka intambara yugarize igihugu ngitsembemo abantu n’amatungo’,

18 nubwo ba bantu batatu b’intungane baba muri icyo gihugu, ntibashobora gukiza abahungu babo cyangwa abakobwa babo, ahubwo ni bo ubwabo barokoka, igihugu kigahinduka amatongo.” Uko ni ko Nyagasani Uhoraho avuze.

19 “Ndamutse nteje icyorezo mu gihugu, nkarakara nkagitsembamo abantu n’amatungo,

20 nubwo Nowa na Daniyeli na Yobu baba muri icyo gihugu, ntibashobora gukiza abahungu babo cyangwa abakobwa babo, ahubwo ni bo ubwabo barokoka babikesha ubutungane bwabo.” Uko ni ko Nyagasani Uhoraho avuze.

21 Nyagasani Uhoraho arakomeza ati: “Nubwo nateje Yeruzalemu ibi byago bine bikomeye: intambara n’inzara, n’inyamaswa z’inkazi n’icyorezo kugira ngo bitsembe abantu n’amatungo,

22 nyamara hari abahungu n’abakobwa barokotse. Barahavanywe kandi bazabasanga aho mwajyanywe ho iminyago. Nimubona imyifatire yabo n’ibikorwa byabo, muzashira agahinda mumenye ko ibyago nateje Yeruzalemu byari bifite ishingiro.

23 Nimubona imyifatire yabo n’ibikorwa byabo, muzashira agahinda mumenye ko ibyo nakoreye Yeruzalemu byari bifite ishingiro.” Uko ni ko Nyagasani Uhoraho avuze.

Categories
Ezekiyeli

Ezekiyeli 15

Umuzabibu wajugunywe mu muriro

1 Uhoraho arambwira ati:

2 “Yewe muntu, mbese urubaho rw’umuzabibun’amashami yawo, birusha iki izindi mbaho z’ibiti byo mu ishyamba?

3 Mbese rushobora kubāzwamo igikoresho cy’ingirakamaro? Mbese barubāzamo akabaho ko kumanikaho ibikoresho? Reka da!

4 Akamaro karwo ni ako gucanwa gusa. None se rumaze gushya imitwe yombi, igihimba na cyo kigakongoka, rwaba rukimaze iki?

5 Niba nta kamaro rwari rufite rukiri ruzima, ruzamara iki nyuma yo gushya rugakongoka?”

6 Ni cyo gituma Nyagasani Uhoraho avuga ati: “Nk’uko narobanuye urubaho rw’umuzabibu mu biti byo mu ishyamba ngo rucanwe, ni ko nzagenzereza abatuye Yeruzalemu.

7 Nzabahana nubwo barokotse umuriro, nyamara kandi uwo muriro ni wo uzabatsemba. Nimbahana muzamenya ko ndi Uhoraho.

8 Igihugu cyabo nzagihindura ikidaturwa kuko bampemukiye.” Uko ni ko Nyagasani Uhoraho avuze.

Categories
Ezekiyeli

Ezekiyeli 16

Yeruzalemu yaratereranywe

1 Uhoraho arambwira ati:

2 “Yewe muntu, menyesha Yeruzalemu ibizira yakoze.

3 Uyibwire ko jyewe Nyagasani Uhoraho mvuze nti: ‘Ukomoka muri Kanāni, so yari Umwamori naho nyoko yari Umuhetikazi.

4 Igihe wavukaga ntibakugenye, ntibakuhagiye ngo bagusukure, ntibagukunyuje umunyukandi ntibagufubitse.

5 Nta muntu wigeze akwitaho kandi nta wakugiriye impuhwe ngo agusukure, ahubwo bakujugunye ku gasozi kuko igihe wavukaga wari uteye ishozi.

6 “ ‘Nanyuze hafi yawe nsanga wigaragura mu maraso yawe, nyamara nubwo wayigaraguragamo narakubwiye nti: “Baho.”

7 Nagukujije nk’igiti cyo mu gasozi urakura, uragimbuka uba inkumi nziza cyane, upfundura amabere, imisatsi yawe irakura, nyamara wari wambaye ubusa.

8 “ ‘Hanyuma nongeye kunyura hafi yawe mbona ugeze igihe cyo kubengukwa, ndambura igishura cyanjye mpisha ubwambure bwawe. Nagiranye Isezeranonawe nkurahira ko ntazaguhemukira, bityo uba uwanjye. Uko ni ko Nyagasani Uhoraho avuze.

9 “ ‘Narakuhagiye ngukuraho amaraso maze ngusiga amavuta.

10 Nakwambitse imyambaro itatse n’inkweto z’uruhu runoze, ngukenyeza umukandara w’umweru ngutwikira igishura cyiza.

11 Narakurimbishije nkwambika ibikomo ku maboko n’urunigi mu ijosi.

12 Nakwambitse impeta ku zuru n’amaherena ku matwi, nkwambika n’ikamba ku mutwe.

13 Ibirimbisho byawe byari bikozwe mu izahabu no mu ifeza, wambaye imyambaro yera cyane kandi itatse. Waryaga umugati ukozwe mu ifu inoze, n’ubuki n’amavuta y’iminzenze. Bityo wabaye ihogoza uba umwamikazi.

14 Ubwiza bwawe bwatumye uba ikirangirire mu mahanga. Koko ntiwagiraga amakemwa kuko nagutatse bihebuje.’ ” Uko ni ko Nyagasani Uhoraho avuze.

15 Uhoraho aravuga ati: “Nyamara wiringiye uburanga bwawe, wishingikiriza ubwamamare bwawe wihindura indaya, usambana n’abahisi n’abagenzi urabiyegurira.

16 Wafashe imwe mu myambaro yawe myiza itatse uyitakisha ahasengerwa ibigirwamana, uba ari ho usambanira! Ibyo wakoze nta ho byigeze biba, kandi ntibizongera no kubaho.

17 Wafashe ibirimbisho byawe byiza naguhaye bikozwe mu izahabu no mu ifeza, ubikoramo ibigirwamana by’ibigabo usambana na byo.

18 Wafashe imyambaro itatse urabyambika, ubitura amavuta n’imibavu naguhaye.

19 Wafashe kandi ibyokurya naguhaye, ari byo ifu inoze n’amavuta y’iminzenze n’ubuki, ubitura ibigirwamana kugira ngo impumuro yabyo ibigushe neza.

20 Wafashe abahungu n’abakobwa twabyaranye ubatambira ibyo bigirwamana. Mbese ubwo uburaya bwawe ntibwari buhagije?

21 Wishe abana banjye ubatambira ibyo bigirwamana byawe.

22 Muri uko gukora ibizira no muri ubwo buraya bwawe, ntiwibutse cya gihe wavukaga wambaye ubusa kandi wigaragura mu maraso.” Uko ni ko Nyagasani Uhoraho avuze.

Yeruzalemu yihinduye indaya

23 Uhoraho aravuga ati: “Yeruzalemu ugushije ishyano! Ugushije ishyano nyuma y’ibyo bibi byose umaze gukora.

24 Wirundiye igitaka ugisambaniraho, ahantu hose uhubaka ahasengerwa ibigirwamana.

25 Wubatse ahasengerwa ibigirwamana mu mahuriro y’inzira hose bityo uriyandarika, usambana n’abahisi n’abagenzi maze ukabya kwiyandarika.

26 Wasambanye n’Abanyamisiri ari bo baturanyi bawe bakurarikiraga, ukabya kwiyandarika ugira ngo undakaze.

27 “Ni cyo cyatumye nkurwanya nkoresheje imbaraga, igihugu nari nakugeneye ndagitubya, nguteza abanzi bawe ari bo Bafilisiti, maze baterwa isoni n’imigenzereze yawe mibi.

28 Nyamara ntiwigeze unyurwa, wongera gusambana n’Abanyashūru na bwo ntiwanyurwa!

29 Wakabije kwiyandarika mu bacuruzi bo muri Babiloniya, nyamara na bwo ntiwanyurwa!

30 “Mbega ngo uracika intege! Witwaye nk’indaya kabuhariwe!

31 Igihe wirundiraga igitaka mu mahuriro y’inzira, ukubaka n’ahasengerwa ahantu hose, ntiwigeze ukenera ibiguzi nk’izindi ndaya.

32 Wagenje nk’umugore w’umusambanyi urarikira abandi bagabo, aho gukunda umugabo we.

33 Ubusanzwe indaya zihabwa ibiguzi, nyamara wowe ugurira abakunzi bawe bagaturuka imihanda yose bakugana, ugasambana na bo.

34 Mu kwiyandarika kwawe ntiwakoze nk’izindi ndaya. Abakunzi si bo bakwinginga kandi si bo baguha ibiguzi, ahubwo ni wowe ubahendahenda ukabagurira. Koko utandukanye n’izindi ndaya.”

Imana ihana Yeruzalemu

35 None rero Yeruzalemu we, wowe wigize indaya, umva Ijambo ry’Uhoraho.

36 Nyagasani Uhoraho arakubwira ati: “Kubera ko wiyambitse ubusa, ukagaragaza ubwambure bwawe wiyandarika mu bakunzi bawe no mu bigirwamana byawe byose bizira, no kubera abana bawe watambiye ibyo bigirwamana,

37 ni yo mpamvu ngiye gukoranya abakunzi bawe bose ndetse n’abanzi bawe, bakurwanye baturutse imihanda yose. Nzakwambika ubusa imbere yabo babone ubwambure bwawe.

38 Nzaguha igihano gikwiye abasambanyikazi n’abicanyi. Nzaguhanisha urupfu mbitewe n’uburakari no gufuha.

39 Nzakugabiza abakunzi bawe basenye ibirundo byawe by’igitaka n’ahasengerwa ibigirwamana byawe. Bazakwambura imyambaro n’ibirimbisho byawe bagusige utumbuje.

40 “Bazaguteza rubanda bagutere amabuye, kandi bagucagagure n’inkota.

41 Bazatwika amazu yawe, baguhane abagore benshi babireba. Nzahagarika uburaya bwawe, ntuzongera guha ibiguzi abakunzi bawe.

42 Nzakumariraho uburakari bwanjye, sinzongera kugufuhira no kukurakarira ukundi.

43 Kubera ko wibagiwe ibyo nagukoreye igihe wavukaga, ahubwo ukandakaza kubera ibyo bikorwa byawe, nzakuryoza iyo myifatire yawe. Nzakwitura rero ibihwanye n’imigenzereze yawe. Koko rero, wakomeje uburaya ubugereka ku bindi bizira byose wakoze.” Uko ni ko Nyagasani Uhoraho avuze.

Yeruzalemu irusha ububi iyindi mijyi

44 Uhoraho aravuga ati: “Yeruzalemu we, abantu bazaguca umugani bati: ‘Inyana ni iya mweru.’

45 Koko rero umeze nka nyoko, wa mugore wanze umugabo we n’abana be. Umeze nka bene nyoko banze abagabo babo n’abana babo. Nyoko yari Umuhetikazi naho so yari Umwamori.

46 “Mukuru wawe ni Samariya, atuye mu majyaruguru hamwe n’abakobwa be, naho murumuna wawe ni Sodoma, atuye mu majyepfo hamwe n’abakobwa be.

47 Ntiwakurikije imigenzereze yabo gusa, ahubwo wigannye n’ibizira bakora, nyamara mu migenzereze yawe yose wabarushije gukora nabi.

48 “Ndahiye ubugingo bwanjye, murumuna wawe Sodoma n’abakobwa be, ntibigeze bakora ibibi bihwanye n’ibyo wowe n’abakobwa bawe mwakoze.” Uko ni ko Nyagasani Uhoraho avuze.

49 “Ibi ni byo byari ibicumuro bya murumuna wawe Sodoma: we n’abakobwa be bari abirasi n’abanyamurengwe, batagira icyo bitaho kandi ntibite ku bakene n’indushyi.

50 Bigize abirasi bakora ibizira ntabasha kwihanganira, bituma mbarimbura nk’uko mwabyiboneye.

51 “Nyamara Samariya ntiyakoze ibihwanye na kimwe cya kabiri cy’ibicumuro byawe. Wakoze ibizira birengeje ibyabo, bituma bene nyoko bagaragara nk’aho ari intungane.

52 Ukwiye gukorwa n’isoni kubera ibicumuro byawe bikabije kurusha ibya bene nyoko, byatumye bagaragara nk’aho ari intungane. Ukorwe n’isoni kuko watumye bene nyoko bagaragara nk’aho ari intungane.

Sodoma na Samariya bizagarurirwa ishya n’ihirwe

53 “Nzagarurira ishya n’ihirwe Sodoma n’abakobwa be na Samariya n’abakobwa be, kandi nawe nzakugarurira ishya n’ihirwe kimwe na bo,

54 kugira ngo ukorwe n’ikimwaro kandi uterwe isoni n’ibyo wakoze, maze bene nyoko babone ko bo ari intungane.

55 Bene nyoko Sodoma n’abakobwa be na Samariya n’abakobwa be bazongera bagire ishya n’ihirwe nka mbere, kandi nawe n’abakobwa bawe muzongera mugire ishya n’ihirwe nka mbere.

56 Igihe cy’ubwirasi bwawe, wasuzuguraga murumuna wawe Sodoma.

57 Ibyo wabikoze ububi bwawe butaragaragazwa, none ni wowe ugiye guhindurwa urw’amenyo n’Abedomu n’abaturanyi babo bose, usuzugurwe n’Abafilisiti n’abandi bose bagukikije.

58 Ibibi n’ibizira wakoze bizakugaruka.” Uko ni ko Uhoraho avuze.

Isezerano rihoraho iteka

59 Nyagasani Uhoraho aravuga ati: “Yeruzalemu we, nzakwitura ibihwanye n’ibyo wakoze, kuko warenze ku ndahiro ukica Isezerano.

60 Nyamara nzibuka Isezerano nagiranye nawe ukiri muto, kandi nzagirana nawe Isezerano rihoraho.

61 Bityo uzibuka imigenzereze yawe maze ukorwe n’isoni igihe uzākira bene nyoko, bakuru bawe na barumuna bawe. Nzabaguha babe abakobwa bawe, nyamara ntibazagira uruhare ku Isezerano naguhaye.

62 Nzakomeza Isezerano ryanjye nawe, bityo uzamenya ko ndi Uhoraho.

63 Ibyo bizatuma wibuka ibibi wakoze maze ukorwe n’isoni kandi wumirwe, nyamara nzakubabarira ibyo wakoze byose.” Uko ni ko Nyagasani Uhoraho avuze.

Categories
Ezekiyeli

Ezekiyeli 17

Umugani wa za kagoma n’umuzabibu

1 Uhoraho arambwira ati:

2 “Yewe muntu, sakuza n’Abisiraheli kandi ubacire umugani,

3 ubabwire ko jyewe Nyagasani Uhoraho mvuze nti: ‘Kagoma nini ifite amababa manini kandi maremare, n’ubwoya bwinshi bw’amabara anyuranye, yagiye ku bisi bya Libani igwa mu bushorishori bw’isederi,

4 ica ishami rirerire irijyana mu gihugu cy’abacuruzi, irishyira mu mujyi wabo.

5 Hanyuma ifata n’urugemwe rwo mu gihugu cya Isiraheli maze irutera mu murima urumbuka, nk’igiti cyishimira kuba hafi y’amazi menshi.

6 Nuko urwo rugemwe rurakura ruba umuzabibu utoshye, ugaba amashami uyerekeza kuri ya kagoma, ushora n’imizi munsi yayo. Uwo muzabibu ugaba amashami menshi, ugira n’amababi menshi.

7 Haduka indi kagoma nini, na yo ifite amababa manini n’ubwoya bwinshi. Wa muzabibu ushora imizi, ugaba n’amashami ubyerekeje kuri iyo kagoma. Wizeraga ko uzabona ibiwutunga biruta ibyo mu murima wari uteyemo.

8 Nyamara wari waratewe mu butaka burumbuka hafi y’amazi menshi, kugira ngo ugabe amashami kandi were imbuto maze ube umuzabibu ushimishije.’ ”

9 Nyagasani Uhoraho arambwira ati: “Baza Abisiraheli uti: ‘Mbese uwo muzabibu uzakura usagambe? Mbese kagoma ya mbere ntizawurandura, igahungura imbuto zawo maze ukuma? Imishibu yawo izuma, kandi iyo kagoma ntizakenera ingufu nyinshi cyangwa abantu benshi bo kuwurandura.

10 Mbese niwongera guterwa uzakura usagambe? Mbese umuyaga w’iburasirazubanuwuhuha, ntuzumira mu butaka watewemo?’ ”

Igisobanuro cy’uwo mugani

11 Uhoraho arambwira ati:

12 “Baza abo bantu b’ibyigomeke niba bazi icyo uwo mugani usobanura, hanyuma ubabwire uti: ‘Umwami wa Babiloniya yaje i Yeruzalemu atwara umwami n’ibyegera bye, abajyana muri Babiloniya.

13 Yafashe umuntu umwe wo mu muryango w’umwami bagirana amasezerano, amurahiza ko azamwumvira. Yajyanye abanyacyubahiro bose bo mu gihugu ho iminyago,

14 kugira ngo ubutegetsi bucike intege bwe kubyutsa umutwe, kandi bukomeze amasezerano bagiranye.

15 Nyamara uwo mwami mushya arivumbagatanya, yohereza intumwa mu Misiri kugira ngo bamuhe amafarasi n’ingabo nyinshi. Mbese uyu mwami hari icyo azageraho? Mbese ukora ibyo azabihonoka? Mbese azatunganirwa kandi yarishe amasezerano?’

16 “Jyewe Nyagasani Uhoraho, ndahiye ubugingo bwanjye ko uwo mwami azapfira i Babiloni nta kabuza, mu gihugu cy’umwami wamuhaye ubutegetsi, kuko yamusuzuguye akarenga ku ndahiro kandi akica amasezerano bagiranye.

17 Umwami wa Misiri n’ingabo ze nyinshi kandi z’intwari ntibazashobora kumurwanirira, igihe Abanyababiloniya bazaba bamugotesheje ibirundo by’igitaka n’inkuta kugira ngo bice abantu benshi.

18 Uwo mwami mushya yarenze ku ndahiro, yica amasezerano kandi yari yarabyemeye. Kubera ayo makosa yose yakoze ntazahonoka.”

19 Nyagasani Uhoraho aravuga ati: “Ndahiye ubugingo bwanjye, kuko yasuzuguye indahiro yarahiye akica Isezerano ryanjye, nzabimuryoza.

20 Nzamutega umutego awugwemo, maze mujyane muri Babiloniya muhanireyo kubera ko yampemukiye.

21 Ingabo ze z’intwari zizagwa ku rugamba, abazacika ku icumu bazatatanira mu mpande zose z’isi. Bityo muzamenya ko ari jye Uhoraho wabivuze.”

Isezerano ry’Uhoraho

22 Nyagasani Uhoraho aravuga ati:

“Nzafata ishami ryo mu bushorishori bw’isederi,

nzavuna ishami rikiri ritotomu mashami yayo,

maze nditere ku musozi muremure.

23 Nzaritera ku musozi muremure wa Isiraheli,

rigabe amashami kandi ryere imbuto.

Rizaba isederi ishimishije,

inyoni z’ubwoko bwose zizabona ubwugamo mu mashami yayo ziberemo.

24 Bityo ibiti byose byo mu gasozi bizamenya ko ari jyewe Uhoraho

ucisha bugufi ibiti birebire, ngashyira ejuru ibigufi.

Bizamenya kandi ko ari jye wumisha ibiti bitoshye,

ngatuma ibyumagaye bitoha.”

Ni jyewe Uhoraho ubivuze kandi nzabisohoza.

Categories
Ezekiyeli

Ezekiyeli 18

Imana izahana buri wese ikurikije imigenzereze ye

1 Uhoraho arambwira ati:

2 “Kuki muca uyu mugani ku byerekeye igihugu cya Isiraheli muti:

‘Ababyeyi bariye imizabibu isharira,

amenyo y’abana babo arangirika?’

3 Jyewe Nyagasani Uhoraho, ndahiye ubugingo bwanjye ko mutazongera guca uwo mugani muri Isiraheli.

4 Koko rero ubuzima bwa buri wese ni jye ubugenga, ari ubw’ababyeyi ari n’ubw’abana. Uzacumura ni we uzapfa.

5 “Umuntu ashobora kuba intungane, agakora iby’ukuri kandi bitunganye.

6 Uwo muntu ntarira ku misozi ibyeguriwe ibigirwamana by’Abisiraheli cyangwa ngo abiyoboke. Ntasambana n’umugore w’undi cyangwa ngo aryamane n’umugore uri mu mihango.

7 Nta n’umwe akandamiza ahubwo asubiza ingwate yahawe. Ntiyiba ahubwo agaburira umushonji kandi akambika uwambaye ubusa.

8 Ntatanga inguzanyo agamije inyungu cyangwa ngo ashake indonke ikabije. Yirinda gukora ikibi kandi agaca imanza zitabera.

9 Akurikiza amateka yanjye kandi akubahiriza amategeko nta buryarya. Koko uwo muntu ni intungane, azabaho.” Uko ni ko Nyagasani Uhoraho avuze.

10 “Uwo muntu ashobora kuba afite umwana w’umugome kandi w’umwicanyi,

11 nubwo se nta na kimwe muri ibyo yakoze. Byashoboka ko uwo mwana arira ku misozi ibyeguriwe ibigirwamana kandi agasambana n’umugore w’undi,

12 agakandamiza abatishoboye n’abakene, akiba kandi ntasubize ingwate yahawe, akayoboka ibigirwamana kandi agakora ibizira,

13 agatanga inguzanyo agamije inyungu cyangwa indonke ikabije. Mbese uwo umuntu ukora atyo akwiye kubaho? Reka da! Kubera ko yakoze ibyo bizira byose, akwiye gupfa kandi azaba yizize.

14 “Nyamara uwo mugome na we ashobora kubyara umwana, maze uwo mwana yabona ibyaha byose se akora ntabikurikize.

15 Bityo ntarire ku misozi ibyeguriwe ibigirwamana by’Abisiraheli cyangwa ngo abiyoboke kandi ntasambane n’umugore w’undi,

16 ntagire uwo akandamiza kandi ntagumane ingwate yahawe, ntiyibe ahubwo akagaburira umushonji kandi akambika uwambaye ubusa,

17 ntakore ikibi kandi ntatange inguzanyo agamije inyungu cyangwa indonke ikabije, agakurikiza amategeko kandi akubahiriza amateka yanjye. Uwo muntu ntazapfa azize ibicumuro bya se, ahubwo azabaho.

18 Nyamara se azapfa azize ibyaha bye bwite, kubera ko yariganyije kandi akiba mugenzi we, akagirira nabi bene wabo.

19 “Nyamara murabaza muti: ‘Kuki umwana atazaryozwa ibyaha bya se?’ Niba uwo mwana aharanira ukuri n’ubutungane, akubahiriza amateka yanjye kandi akayakurikiza, azabaho nta kabuza.

20 Umuntu ukora icyaha ni we uzapfa. Umwana ntazaryozwa ibyaha bya se cyangwa ngo umubyeyi ahanirwe ibyaha by’umwana we. Intungane izahemberwa ubutungane bwayo, n’umugome ahanirwe ubugome bwe.

21 “Umugome niyihana ibyaha yakoze agakurikiza amateka yanjye yose, kandi agaharanira ukuri n’ubutungane, ntazapfa azabaho nta kabuza.

22 Ibyaha byose yakoze ntibizibukwa ukundi, ahubwo azabaho kubera ubutungane bwe.

23 Mbese nezezwa n’urupfu rw’umugome, aho kunezezwa n’uko yakwihana akabaho? Uko ni ko Nyagasani Uhoraho abaza.

24 “Nyamara intungane nireka ubutungane bwayo igakora icyaha n’ibizira nk’ibyo umugome akora, mbese uwo muntu azabaho? Reka da! Nta na kimwe mu byiza byose yakoze kizibukwa, ahubwo azapfa azize ubuhemu bwe n’ibyaha yakoze.

25 Muravuga muti: ‘Imigenzereze y’Uhoraho ntitunganye.’ Mwa Bisiraheli mwe, nimunyumve neza. Mbese imigenzereze yanjye ni yo idatunganye, cyangwa iyanyu ni yo idatunganye?

26 Intungane nireka ubutungane bwayo igakora icyaha, izapfa izize ibibi yakoze ibiryozwe.

27 Umugome niyihana ubugome bwe agakurikiza ukuri n’ubutungane, azakiza ubugingo bwe.

28 Yamenye ubugome bwe bwose arabwihana, ntazapfa azabaho nta kabuza.

29 “Nyamara Abisiraheli baravuga bati: ‘Imigenzereze y’Uhoraho ntitunganye.’ Mwa Bisiraheli mwe, mbese imigenzereze yanjye ni yo idatunganye, cyangwa iyanyu ni yo idatunganye?

30 Mwa Bisiraheli mwe, nzacira buri wese urubanza nkurikije imigenzereze ye. Uko ni ko Nyagasani Uhoraho avuze. Nimwihane mureke ububi bwanyu, ibyaha byanyu bitazababera impamvu yo kurimbuka.

31 Nimuzibukire ibibi byose mwakoze, mugire umutima mushya n’ibitekerezo bishya. Mwa Bisiraheli mwe, kuki mushaka gupfa?

32 Ntawe nifuriza gupfa, ahubwo nimwihane mubeho.” Uko ni ko Nyagasani Uhoraho avuze.