Categories
Yeremiya

Yeremiya 6

Yeruzalemu igotwa n’abanzi

1 Yewe muryango wa Benyamini, nimuve i Yeruzalemu,

nimushake ubuhungiro.

Nimuvugirize ihembe i Tekowa,

nimushyire ikimenyetso i Beti-Hakeremu.

Dore icyago kibugarije giturutse mu majyaruguru,

koko rero ni icyago gikomeye.

2 Siyoni umurwa mwiza kandi w’igikundiro nzawurimbura,

3 Abantu bazakugariza bameze nk’abashumba n’amatungo yabo,

bazashinga amahema yabo mu mpande zose,

buri wese azafata aho ashaka.

4 Bazavugana bati: “Nimwitegure dutere Siyoni,

nimuhaguruke tuyitere ku manywa y’ihangu.

Nyamara dore umunsi uciye ikibu,

umugoroba urakubye.

5 Nimuhaguruke tuyitere mu gicuku,

nimuze dusenye ibigo ntamenwa byaho.”

6 Uhoraho Nyiringabo aravuze ati:

“Nimuteme ibiti murunde ibirundo,

nimubizengurutse Yeruzalemu,

nzahana uyu mujyi kuko wuzuye urugomo.

7 Uko isōko yo mu iriba ivubura amazi,

ni ko abawutuye bavubura ubugizi bwa nabi.

Ni umurwa urangwa n’urugomo n’ubwangizi,

mbabazwa no guhora mbona imibabaro n’ibikomere byawo.

8 Yewe Yeruzalemu, itonde,

isubireho naho ubundi nzakureka,

igihugu cyawe kizaba ikidaturwa.”

Abantu badashaka kumva Uhoraho

9 Uhoraho Nyiringabo aravuga ati:

“Nimukoranye itsinda ry’Abisiraheli basigaye,

nimubakoranye nk’usoroma imbuto z’imizabibu.

Nimusubire kuri buri shami,

nimurisubireho nk’abasarura amaseri y’imizabibu.”

10 Ni nde nzavugana na we?

Ni nde nzaburira kugira ngo babyumve?

Amatwi yabo ntiyumva,

Ijambo ry’Uhoraho ni nk’igitutsi kuri bo, ntiribanezeza.

11 Dore nuzuye uburakari bw’Uhoraho,

singishoboye kubwihanganira.

Uhoraho arambwira ati:

“Busuke ku bana bari mu nzira,

busuke ku dutsiko tw’abahungu n’abakobwa.

Buzagera ku bagabo no ku bagore,

buzagera ku bikwerere n’abageze mu za bukuru.

12 Amazu yabo azahabwa abandi,

amasambu yabo n’abagore babo bizegurirwa abandi,

koko nzahana abatuye iki guhugu.

13 Kuva ku muto kugeza ku mukuru bose bararikira inyungu mbi,

kuva ku bahanuzi kugeza ku batambyi bose barariganya.

14 Ibikomere by’abantu banjye babibona nk’ibyoroheje,

baravuga bati: ‘Amahoro, amahoro ni yose’,

nyamara nta mahoro ariho.

15 Mbese batewe isoni n’ibikorwa byabo bibi?

Reka da, nta soni bibatera,

nta n’ubwo babyitaho.

Ni yo mpamvu bazarimbuka nk’abandi bose,

nzabahana barimbuke.”

Isiraheli iva mu nzira y’Uhoraho

16 Uhoraho aravuga ati:

“Nimuhagarare mu mayira murebe,

nimubaririze inzira aba kera banyuzemo,

nimubaririze inzira y’ihirwe abe ari yo munyuramo,

bityo muzagira ituze mu mutima.

Nyamara muravuga muti: ‘Ntituzayinyuramo.’

17 Nabashyiriyeho abarinzi kugira ngo mujye mwumva ijwi ry’ihembe,

nyamara muravuga muti: ‘Ntituzaryumva.’

18 None mwa mahanga mwe, nimwumve,

nimumenye ibigiye kugwirira abantu banjye.

19 Mwa batuye isi yose mwe, nimwumve,

ngiye guteza aba bantu ibyago.

Bizaba ingaruka z’ibitekerezo byabo bibi,

ntibitaye ku magambo yanjye,

basuzuguye Amategeko yanjye.

20 Singikeneye imibavu iturutse i Sheba,

singikeneye ibihumura neza biturutse mu bihugu bya kure.

Ibitambo byanyu bikongorwa n’umuriro simbishaka,

amaturo yanyu ntanezeza.

21 Nzashyira inzitizi imbere y’aba bantu,

zizabazitira zibagushe,

ababyeyi n’abana n’incuti n’abaturanyi, bazarimbukira icyarimwe.”

Umwanzi aturutse mu majyaruguru

22 Uhoraho aravuga ati:

“Dore ingabo ziturutse mu gihugu cyo mu majyaruguru,

ubwoko bukomeye buturutse ku mpera z’isi.

23 Bitwaje imiheto n’amacumu,

ni ababisha batagira impuhwe.

Urusaku rwabo ni nk’inyanja isuma,

bahetswe n’amafarasi.

Bameze nk’abantu biteguye urugamba,

baraguteye wowe Siyoni.”

24 Abisiraheli baravuga bati:

“Twumvise amakuru yabo,

twarayumvise amaboko yacu aratentebuka,

twakutse umutima nk’uw’umugore uri ku nda.

25 Ntimujye mu murima cyangwa mu mayira,

dore umwanzi yitwaje inkota,

yakwije iterabwoba impande zose.”

26 Uhoraho aravuga ati:

“Bantu banjye, nimwambare imyambaro igaragaza akababaro,

nimwigaragure mu ivu.

Nimujye mu cyunamo nk’uwapfushije umwana w’ikinege,

nimucure umuborogo kuko umurimbuzi atwugarije.”

Umuringa udashobora gutunganywa

27 Uhoraho aravuga ati:

“Yeremiya we, nagushyiriyeho kugerageza abantu banjye,

kubagerageza nk’ugerageza umuringa,

bityo umenye kandi usuzume imigenzereze yabo.”

28 Yeremiya arasubiza ati:

“Bose ni ibyigomeke bikabije,

bavuga amagambo asebanya;

bakomeye nk’umuringa n’icyuma,

bose ni inkozi z’ibibi.

29 Umuvuba urahuhera cyane,

umuriro utwika umwanda uri ku cyuma,

nyamara nta cyo bimaze gukomeza kugitwika,

igihe umwanda udashobora kuvaho.

30 Aba bantu bazaba nk’umuringa udafite agaciro,

koko Uhoraho yarabazinutswe.”

Categories
Yeremiya

Yeremiya 7

Yeremiya ahugura Abisiraheli

1 Ubu ni ubutumwa Uhoraho yahaye Yeremiya.

2 Hagarara ku irembo ry’Ingoro, maze utangaze ubu butumwa: nimwumve Ijambo ry’Uhoraho mwebwe Bayuda mwinjiye muri aya marembo muje gusenga Uhoraho.

3 Uhoraho Nyiringabo Imana y’Abisiraheli aravuze ati: “Nimutunganye imigenzereze n’imikorere yanyu, bityo nzabareka muture muri iki gihugu.

4 Ntimukiringire ibinyoma ngo muvuge muti: ‘Iyi ni Ingoro y’Uhoraho! Ingoro y’Uhoraho! Ingoro y’Uhoraho!’

5 Nyamara nimuhindure imigenzereze n’imikorere yanyu mugire ubutabera.

6 Nimureke gukandamiza abasuhuke n’impfubyi n’abapfakazi, mureke kwicira inzirakarengane aha hantu, kandi mureke kuyoboka ibigirwamana bibazanira amakuba.

7 Nimugenza mutyo nzabareka muture aha hantu, no mu gihugu neguriye ba sokuruza burundu.

8 “Nyamara mwizera ibinyoma bidafite umumaro.

9 Dore muriba, murica, murasambana, murahira ibinyoma, mwosereza imibavu Bāli, muyoboka ibigirwamana mutigeze mumenya.

10 Muza imbere yanjye muri iyi Ngoro yanyeguriwe muvuga muti: ‘Turi amahoro’, nyamara mugakomeza gukora ibi bizira byose.

11 Mbese mutekereza ko iyi Ngoro yanyeguriwe ari indiri y’abajura? Nyamara jye nabonye ari uko bimeze.

12 “Ngaho nimujye i Shilo aho natoranyije ngo habe Inzu yanjye, maze murebe uko nahagenje bitewe n’ububi bw’ubwoko bwanjye bw’Abisiraheli.

13 Mwakoze ibi bibi byose nubwo ntahwemye kuvugana namwe, ariko ntimwanyumva. Narabahamagaye nyamara ntimwanyitaba.

14 Ni yo mpamvu uko nagenjeje Shilo, ari na ko nzagenzereza iyi Ngoro yanyeguriwe, kimwe n’aha hantu nabeguriye mwebwe ubwanyu na ba sokuruza.

15 Nzabirukana mujye kure yanjye nk’uko nagenje abavandimwe banyu b’Abisiraheli.”

Ubwoko bwigometse

16 Uhoraho abwira Yeremiya ati: “Ntugire icyo usabira aba bantu kandi ntuntakambire ku bwabo, ntuntitirize kuko ntazakumva.

17 Mbese ntureba ibyo bakorera mu mijyi y’u Buyuda no mu mayira y’i Yeruzalemu?

18 Abana baratashya inkwi, ba se baracana umuriro, naho abagore barategura imigati yo gutura ikigirwamanakazi bita ‘Umwamikazi w’ijuru’. Byongeye kandi baratura ibigirwamana ituro risukwa bagambiriye kundakaza.

19 Ubwo se ni jyewe bababaza, cyangwa ni bo ubwabo bibabaza bikoza isoni?”

20 Ni cyo gitumye Nyagasani Uhoraho avuga ati: “Uburakari bwanjye n’umujinya wanjye nzabisuka aha hantu, nzabisuka ku bantu no ku nyamaswa, no ku biti no ku mbuto zo mu murima. Uburakari bwanjye buzagurumana nk’umuriro udateze kuzima.”

21 Uhoraho Nyiringabo Imana y’Abisiraheli aravuze ati: “Nimwongēre ibitambo bikongorwa n’umuriro, mubyongere ku bindi bitambo maze mwirire inyama zabyo.

22 Koko rero ubwo nakuraga ba sokuruza mu Misiri, sinigeze ngira icyo mbabwira cyangwa mbategeka ku byerekeye ibyo bitambo bikongorwa n’umuriro, n’ibindi bitambo.

23 Nyamara narababwiye nti: ‘Nimunyumve bityo nzaba Imana yanyu namwe mube ubwoko bwanjye. Nimukurikize amategeko mbahaye kugira ngo mumererwe neza.’

24 Nyamara ntibanyumviye kandi ntibanyitayeho, ahubwo bakurikije imigambi yabo mibi barinangira, basubira inyuma aho kujya imbere.

25 Kuva igihe ba sokuruza baviriye mu Misiri kugeza ubu, sinahwemye kubatumaho abahanuzi banjye.

26 Nyamara ntibanyumviye kandi ntibanyitayeho, ahubwo bakomeje kwigomeka bakora ibibi kurusha ba sekuruza.

27 “None rero uzababwira aya magambo yose, nyamara ntibazakumva. Uzabahamagara, nyamara ntibazakwitaba.

28 Icyakora uzababwire uti: ‘Muri ubwoko butumvira Uhoraho Imana yabwo, ubwoko butemera gucyahwa. Ukuri kwarayoyotse ntikukibarangwaho.’ ”

Akabande k’Ubwicanyi

29 Mwa baturage b’i Yeruzalemu mwe,

nimwimoze imisatsi muyijugunye,

nimuririre ku misozi.

Koko Uhoraho yarabanze arabatererana,

yarabanze kuko mwamurakaje.

30 Uhoraho aravuga ati: “Abayuda bakoreye ibibi imbere yanjye, bashyize ibigirwamana byabo bizira mu Ngoro yanyeguriwe, maze barayihumanya.

31 Bubatse ahasengerwa ibigirwamana i Tofeti mu kabande ka Hinomu, kugira ngo bajye batamba abahungu babo n’abakobwa babo ho ibitambo bikongorwa n’umuriro. Nyamara sinigeze mbibategeka, nta n’ubwo nigeze mbitekereza.

32 Igihe kizagera he kongera kwitwa Tofeti cyangwa akabande ka Hinomu, ahubwo hazitwa akabande k’Ubwicanyi. Hazahinduka irimbi, kuko nta handi bazaba bagifite bahamba abantu.

33 Imirambo y’abo bantu izaba ibyokurya by’ibisiga n’inyamaswa zo mu gasozi, kandi nta muntu uzabyirukana.

34 Igihugu kizahinduka amatongo. Nzacecekesha amajwi y’ibyishimo mu mijyi y’u Buyuda no mu mayira y’i Yeruzalemu, ntihazongera kumvikana indirimbo ziririmbirwa umukwe n’umugeni.”

Categories
Yeremiya

Yeremiya 8

1 Uhoraho aravuga ati: “Icyo gihe amagufwa y’abami b’u Buyuda n’abatware baho, n’ay’abatambyi n’ay’abahanuzi, n’ay’abatuye muri Yeruzalemu azatabururwa mu mva.

2 Ayo magufwa azajugunywa ku gasozi yaname ku zuba n’ukwezi n’inyenyeri bakundaga, bakabikorera, bakabiyoboka, bakabigisha inama kandi bakabisenga. Ntazahambwa ahubwo azahinduka nk’ibishingwe biri ku gasozi.

3 Abarokotse muri ubwo bwoko bubi, aho nabatatanyirije hose bazahitamo gupfa aho gukomeza kubaho.” Uko ni ko Uhoraho Nyiringabo avuze.

Icyaha n’igihano

4 Uhoraho aravuze ati:

“Ubaze abantu banjye uti:

‘Mbese iyo umuntu aguye ntabyuka?

Mbese iyo umuntu ayobye ntagaruka?

5 Kuki aba bantu bayobye bakanga kungarukira?

Batsimbaraye ku kinyoma banga kungarukira.’

6 “Naritonze ntega amatwi,

nyamara ntibigeze bavuga ukuri.

Nta n’umwe muri bo wihana ubugome bwe,

nta wibaza ati: ‘Nakoze iki?’

Buri wese akurikira imigenzereze ye,

buri wese ameze nk’ifarasi yiruka iri ku rugamba.

7 “Ikiyongoyongo kimenya igihe kigomba kwimuka,

inuma n’intashya n’umusambi bimenya igihe bizagurukira,

nyamara abantu banjye ntibazi ibyemezo nafashe.

8 Mushobora mute kuvuga muti:

‘Turi abanyabwenge dufite Amategeko y’Uhoraho?’,

nyamara abigishamategeko barayagoretse.

9 Abanyabwenge banyu bazakorwa n’isoni,

bazumirwa kandi bafatirwe mu mutego.

Koko rero basuzuguye Ijambo ry’Uhoraho,

none se ubwo ni bwenge ki?

10 “Abagore babo n’amasambu yabo nzabyegurira abandi,

kuva ku muto kugeza ku mukuru bararikira inyungu mbi,

abahanuzi n’abatambyi barariganya.

11 Ibikomere by’abantu banjye babibona nk’aho byoroheje,

baravuga bati: ‘Amahoro, amahoro’,

nyamara nta mahoro ariho.

12 Mbese batewe isoni n’ibikorwa byabo bibi?

Reka da! Nta soni bibatera,

nta n’ubwo babyitaho.

Ni yo mpamvu bazarimbuka nk’abandi bose,

nzabahana barimbuke.”

13 Uhoraho aravuga ati:

“Nashatse gukoranya abantu banjye nk’urundarunda umusaruro,

nyamara bameze nk’umuzabibu cyangwa umutini bitagira imbuto.

Amababi yabyo yarumiranye,

bityo nzabateza ababakandamiza.”

14 Abantu baravuga bati:

“Kuki twicaye nta cyo dukora?

Reka dukoranire hamwe,

reka duhungire mu mijyi ntamenwa dupfireyo.

Dore Uhoraho Imana yacu yadutanze ngo dupfe,

yatwuhiye amazi aroze,

koko rero twamucumuyeho.

15 Twari twizeye kuzagira amahoro,

nyamara nta cyiza twabonye.

Twari dutegereje gukizwa,

nyamara twugarijwe n’ibidutera ubwoba.

16 Urusaku rw’amafarasi y’abanzi rurumvikanira i Dani,

isi yose irahinda umushyitsi,

irahindishwa umushyitsi n’urusaku rw’amafarasi,

abanzi baje kurimbura igihugu n’ibirimo byose,

baje kurimbura umurwa n’abawutuye.”

17 Uhoraho aravuga ati:

“Nzabateza inzoka z’impiri,

nzabateza iz’ubumara butagomborwa zibarume.”

Yeremiya aterwa agahinda n’ubwoko bwe

18 Agahinda mfite ntigashobora gushira,

nakutse umutima.

19 Umva umuborogo w’ubwoko bwanjye,

umva umuborogo uturutse hirya no hino mu gihugu.

Mbese Uhoraho ntakiba i Siyoni?

Mbese Umwami wa Siyoni ntakiyibamo?

Uhoraho aravuga ati:

“Kuki bandakaje basenga ibigirwamana?

Kuki bayobotse imana z’amahanga?”

20 Yeremiya aravuga ati:

“Isarura rirarangiye n’impeshyi irashize,

nyamara ntitwabonye agakiza.

21 Nashengutse kubera ibikomere by’ubwoko bwanjye,

ndi mu cyunamo nacitse intege.

22 Mbese nta muti uboneka i Gileyadi?

Mbese nta muganga ukiharagwa?

Ni kuki ibikomere by’ubwoko bwanjye bidashira?

23 Iyaba umutwe wanjye wari iriba ry’amazi,

iyaba amaso yanjye yari isōko y’amarira,

narira ku manywa na nijoro,

naririra abantu banjye bishwe.

Categories
Yeremiya

Yeremiya 9

Ubwoko burangwa n’ikinyoma

1 “Iyaba nari mfite icumbi mu butayu,

nahungishirizayo abantu banjye.

Koko rero bose ni abasambanyi n’abagambanyi.”

2 Uhoraho aravuga ati:

“Bahora biteguye kubeshya,

ukuri ntikwitabwaho,

ikinyoma cyahawe intebe mu gihugu.

Abantu banjye ntibahwema gukora ibibi,

abantu banjye ntibamenya.

3 Nimwirinde incuti zanyu,

ntimukiringire abavandimwe banyu.

Koko rero buri muvandimwe ni umubeshyi,

buri ncuti irasebanya.

4 Buri wese aryarya mugenzi we,

nta n’umwe uvuga ukuri.

Bimenyereje kuvuga ibinyoma,

batsimbaraye ku bibi,

banze kungarukira.

5 Barangwa n’urugomo n’ibinyoma,

naho jyewe ntibashaka kumenya.”

6 Ni cyo gituma Uhoraho Nyiringabo avuga ati:

“Nzabashongesha nk’ubutare mbagerageze.

Abantu banjye bakoze ibibi nabakorera kindi ki?

7 Ururimi rwabo ni nk’umwambi wica,

bahora bavuga ibinyoma.

Buri wese avugisha mugenzi we neza,

nyamara agambiriye kumugusha mu mutego.

8 None se sinari nkwiye kubibahanira?

Mbese sinari nkwiye kwihimura ubwoko bumeze butyo?”

Igihe cyo kurira no kuboroga

9 Yeremiya aravuga ati:

“Nzarira mboroge kubera imisozi,

nzaboroga kubera inzuri zabaye ubutayu.

Koko zabaye ikidaturwa, nta muntu ukihakoza n’ikirenge,

nta matungo akiharangwa,

inyoni n’inyamaswa byarahunze.”

10 Uhoraho aravuga ati:

“Yeruzalemu nzayihindura amatongo,

nzayihindura isenga rya za nyiramuhari,

imijyi y’u Buyuda nzayihindura ikidaturwa,

nta muntu uzayirangwamo.”

11 Yeremiya arabaza ati:

“Uhoraho, kuki iki gihugu cyabaye amatongo?

Kuki cyahindutse ikidaturwa?

Kuki nta muntu ukikirangwamo?

Ni nde munyabwenge bihagije wabimenya?

Ni nde wabisobanuriwe wabibwira abandi?”

12 Uhoraho aramusubiza ati: “Byatewe n’uko baretse Amategeko nabahaye. Banze kunyumvira ntibakora ibyo mbabwiye,

13 ahubwo barinangiye baramya za Bāli nk’uko babyigishijwe na ba sekuruza.

14 None rero nimwumve icyo jyewe Uhoraho Nyiringabo Imana y’Abisiraheli nzakora: aba bantu nzabagaburira ibyokurya birura kandi mbuhire amazi arimo uburozi.

15 Nzabatatanyiriza mu mahanga batigeze bamenya, bo ubwabo cyangwa ba sekuruza. Nzabateza abo kubicisha inkota kugeza ubwo nzabatsembaho.”

Abantu b’i Yeruzalemu batakambira uwabafasha

16 Uhoraho Nyiringabo aravuga ati:

“Nimubaririze, muhamagare abagore bazi kuganya,

nimuhamagare abagore bazi kuririra abapfuye.”

17 Abantu na bo baravuga bati:

“Nimubabwire batebuke baduterere indirimbo z’icyunamo,

nibaririmbe kugeza ubwo amaso yacu abungamo amarira,

nibaririmbe kugeza ubwo amarira atemba.”

18 Yeremiya aravuga ati:

“Nimwumve imiborogo iturutse i Siyoni,

turarimbutse dukozwe n’isoni!

Dukwiriye kuva muri iki gihugu,

dore ingo zacu zirashenywe.

19 Mwa bagore mwe, nimwumve Ijambo ry’Uhoraho,

nimutege amatwi mwumve icyo ababwira.

Nimwigishe abakobwa banyu kuganya,

nimwigishe incuti zanyu indirimbo z’icyunamo.

20 Dore urupfu rwinjiriye mu madirishya yacu,

rwinjiye mu mazu yacu meza.

Abana rwabatsinze mu mayira,

abasore rubatsinze mu mihanda migari.

21 Intumbi zandagaye ahantu hose,

zimeze nk’ibishingwe birunze mu murima,

zimeze nk’imiba irambitse inyuma y’umusaruzi, itagira uyiraruza.”

Kumenya Uhoraho ni byo bwenge

22 Uhoraho aravuze ati:

“Umunyabwenge ntakirate ubwenge bwe,

umunyambaraga ntakirate imbaraga ze,

umukire ntakirate ubukire bwe.

23 Ushaka kwirata yirate ko anzi kandi asobanukiwe ko ndi Uhoraho.

Niyirate ko urukundo rwanjye ruhoraho,

niyirate ko nkorana ubutabera n’ubutungane ku isi.

Koko rero ibyo ni byo nishimira.”

24 Uhoraho aravuga ati: “Igihe kiri hafi ngahana abirata ko bimoje imisatsi.

25 Nzahana Abanyamisiri n’Abayuda, n’Abedomu n’Abamoni, n’Abamowabu n’abantu batuye mu butayu bogosha ubwanwa bwo mu misaya. Koko rero aba bantu bose ndetse n’Abisiraheli ubwabo, ntibanyiyeguriye.”

Categories
Yeremiya

Yeremiya 10

Kuramya Imana cyangwa ibigirwamana

1 Mwa Bisiraheli mwe, nimwumve icyo Uhoraho ababwira.

2 Uhoraho aravuga ati:

“Ntimugakurikize imigenzereze y’andi mahanga,

ntimugaterwe ubwoba n’ibimenyetso biboneka ku ijuru,

nubwo byateye ubwoba amahanga.

3 Imigenzo y’abo bantu nta cyo imaze,

batema igiti mu ishyamba,

umubaji akakibājisha icyuma cye.

4 Agitakaho ifeza n’izahabu,

agifatanyisha inyundo n’imisumari,

aragiteranya ntikijegajege.

5 Ibyo bigirwamana bimeze nk’ibishushanyo bikanga inyoni mu murima w’inzuzi zera ibicuma,

ntibishobora kuvuga.

Barabiheka kuko bitakwigenza,

ntimubitinye kuko nta cyo byabatwara,

nta cyiza bishobora gukora.”

6 Uhoraho, nta wahwana nawe,

urakomeye, ububasha bwawe ntibugereranywa.

7 Ni nde utakubaha wowe mwami w’amahanga?

Ukwiye icyubahiro mu banyabwenge bose b’amahanga,

mu bihugu byose nta n’umwe muhwanye.

8 Bose ni abapfapfa ntibagira ubwenge,

nta cyo bashobora kwigishwa n’ibigirwamana byabājwe mu giti.

9 Ibyo bigirwamana birimbishijwe ifeza yavuye i Tarushishi,

birimbishijwe izahabu inoze yavuye Ufazi.

Byakozwe n’umunyabukorikori n’umucuzi b’abahanga,

babyambitse imyambaro y’umuhemba n’iy’umutuku.

10 Nyamara Uhoraho ni Imana y’ukuri,

ni Imana ihoraho n’umwami w’ibihe byose.

Iyo arakaye isi ihinda umushyitsi,

amahanga ntashobora kwihanganira umujinya we.

11 Muzababwire muti:

“Za mana zitaremye ijuru n’isi zizarimburwa ku isi.

Indirimbo yo gusingiza Imana

12 “Uhoraho yaremesheje isi ububasha bwe,

yahanze isi akoresheje ubwenge bwe,

yabambye ijuru ku bw’ubuhanga bwe.

13 Iyo ategetse, amazi yo ku ijuru yibumbira hamwe,

akoranya ibicu abivanye ku mpera z’isi,

yohereza imirabyo imvura ikagwa,

akura umuyaga mu ndiri yawo.

14 Iyo abantu babibonye bibabera urujijo bakumirwa,

abakora ibigirwamana bakorwa n’isoni.

Koko rero bakora imana z’ibinyoma zitagira ubuzima.

15 Nta gaciro zifite, zikwiriye gusuzugurwa,

igihe cyo guhana zizarimbuka.

16 Imana ya Yakobo yo ntimeze nka zo,

ni yo yaremye ibintu byose,

ni yo yagize Abisiraheli ubwoko bwayo,

izina ryayo ni Uhoraho Nyiringabo.”

Igihe cyo kujyanwa ho iminyago kiri hafi

17 Yeremiya aravuga ati:

“Yemwe bantu b’i Yeruzalemu, murugarijwe,

nimuhambire ibyanyu muhunge.

18 Koko rero Uhoraho aravuga ati:

‘Ubu ngiye kubirukana muve muri iki gihugu,

nzabababaza cyane nta n’umwe uzahasigara.’ ”

19 Abantu b’i Yeruzalemu batera hejuru bati:

“Mbega ishyano tugushije! Turakomeretse.

Igikomere cyacu ntigiteze gukira.

Nyamara twaribwiraga tuti:

‘Ibi ni ibyago dushobora kwihanganira.

20 None dore amahema yacu yasenyutse,

imigozi yayo yacitse,

abana bacu bahunze,

nta n’umwe wo kudushingira ihema.’ ”

21 Yeremiya arasubiza ati:

“Abayobozi babaye injiji,

ntibagisha Uhoraho inama,

ni yo mpamvu bananiwe,

bityo abantu babo baratatana.

22 Nimwumve inkuru itugezeho:

imvururu zikomeye ziturutse mu gihugu cyo mu majyaruguru,

ingabo zacyo zizahindura imijyi y’u Buyuda amatongo,

izahinduka amasenga ya za nyiramuhari.”

Yeremiya asabira ubwoko bwe

23 Uhoraho, nzi neza ko umuntu nta cyo yakwigezaho,

nta muntu ushobora kugenzura imibereho ye.

24 Uhoraho, dukosore uduhane,

nyamara ntuduhane wihanukiriye,

ntubigirane uburakari utadutsembaho.

25 Ahubwo urakarire amahanga yanze kukumenya,

urakarire ibihugu bitagusenga.

Koko rero bishe abantu bawe,

igihugu cyacu bagihinduye amatongo.

Categories
Yeremiya

Yeremiya 11

Abisiraheli bishe Isezerano

1 Uhoraho abwira Yeremiya ati:

2 “Tega amatwi amagambo y’iri Sezerano maze uyabwire Abayuda n’abatuye i Yeruzalemu.

3 Ubabwire ko jyewe Uhoraho Imana y’Abisiraheli mvuze nti: ‘Havumwe umuntu wese utumvira amagambo y’iri Sezerano.

4 Ni Isezerano nagiranye na ba sokuruza igihe nabakuraga mu Misiri, cya gihugu cyari kibamereye nk’itanura rishongesha ibyuma. Nababwiye kunyumvira no gukora ibyo mbategetse byose, kugira ngo babe abantu banjye, nanjye mbe Imana yabo.

5 Bityo nzasohoza Isezerano nagiranye na ba sokuruza, ryo kubaha igihugu gitemba amata n’ubuki, ari na cyo murimo kugeza magingo aya.’ ”

Maze ndamusubiza nti: “Nibibe bityo Nyagasani.”

6 Nuko Uhoraho arambwira ati: “Jya mu mijyi y’u Buyuda no mu mayira y’i Yeruzalemu, maze ubagezeho ubu butumwa uti: ‘Nimutege amatwi amagambo y’iri Sezerano kandi muyakurikize.

7 Kuva igihe nkuye ba sokuruza mu Misiri kugeza ubu, sinahwemye kubaburira mbihanangiriza ngo banyumvire.

8 Nyamara ntibigeze banyumvira kandi ntibanyitayeho, ahubwo bakomeje kwinangira, umuntu wese agakora ibibi uko yishakiye. Ni cyo cyatumye mpanisha ba sokuruza imivumo yose ivugwa muri iri Sezerano nabategetse gukurikiza, ntibarikurikiza.’ ”

9 Uhoraho arambwira ati: “Habonetse ubugambanyi mu Buyuda no mu batuye i Yeruzalemu.

10 Basubiye mu byaha bya ba sekuruza, bamwe banze kunyumvira. Bayobotse izindi mana barazikorera, Abisiraheli n’Abayuda bishe Isezerano nagiranye na ba sekuruza.

11 Ni cyo gituma jyewe Uhoraho ngiye kubateza ibyago batazigobotora. Nubwo bantakambira sinzabumva.

12 Abo mu mijyi y’u Buyuda n’abatuye i Yeruzalemu, bazajya gutakira za mana boserezaga imibavu, ariko zo nta cyo zizabamarira mu byago.

13 Ibigirwamana by’abantu bo mu Buyuda binganya ubwinshi n’imijyi yabo, i Yeruzalemu bubatse ibicaniro byo koserezaho imibavu yagenewe Bāli, cya kigirwamana gikojeje isoni. Ibyo bicaniro binganya ubwinshi n’inzira zo muri uwo mujyi.

14 None rero Yeremiya, ntukavuganire abo bantu cyangwa ngo ubasabire imbabazi, kuko nibagira ibyago bakantakira ntazabumva.”

15 Uhoraho aravuga ati:

“Abantu nkunda bakora ibibi,

none se kuki baza mu Ngoro yanjye?

Mbese bibwira ko ibitambo byinshi byabakiza ibyago?

Ibyo se ni byo bibashimisha?

16 Nigeze kubagereranya n’igiti cy’umunzenze gitoshye,

igiti gifite imbuto nziza.

Nyamara nzahindisha inkuba ngitwike,

amashami yacyo azakongoka.

17 “Jyewe Uhoraho Nyiringabo narawuteye, ni jye kandi uwuteje ibi byago, kubera ibibi Abisiraheli n’Abayuda bakoze. Barandakaje, ubwo batambiraga Bāli ibitambo.”

Yeremiya atotezwa na bene wabo

18 Uhoraho yaramburiye menya imigambi mibi y’abanzi banjye.

19 Nari meze nk’umwana w’intama utuje bajyanye mu ibagiro, sinari nzi ko ari jye bagambanira. Baravugaga bati: “Nimureke turimbure igiti n’imbuto zacyo. Reka tumwice, izina rye rye kuzongera kwibukwa.”

20 Nuko ndasenga nti:

“Uhoraho Nyiringabo, ni wowe mucamanza utabera,

usuzuma imitima y’abantu ukamenya ibyo bibwira.

Nishyize mu maboko yawe,

ntegereje kureba uko uzampōrera.”

21 Dore icyo Uhoraho abwira abantu ba Anatoti bashakaga kunyica bavuga bati: “Rekera aho guhanura mu izina ry’Uhoraho! Niwanga turakwica.”

22 Uhoraho Nyiringabo aravuga ati: “Aba bantu ngiye kubahana. Abasore babo bazicishwa inkota, abana babo bazicwa n’inzara.

23 Igihe cyo guhana abantu ba Anatoti nikigera nzabateza ibyago, ku buryo nta n’umwe uzarokoka.”

Categories
Yeremiya

Yeremiya 12

Yeremiya ashinja Uhoraho

1 Uhoraho we, uri intungane,

nyamara mfite icyo ngushinja.

Koko rero ndashaka kukubaza ibyerekeye ubutabera.

Ni kuki imikorere y’abagome ibahira?

Ni kuki abahemu bahirwa?

2 Urabatera bagashinga imizi,

barakura bakera imbuto.

Bahora bakuvuga neza,

nyamara ntibakwitayeho.

3 Uhoraho, uranzi,

warambonye kandi uzi ko ngukunda.

Abo bagome bashyire ukwabo nk’intama zigiye kubagwa,

bashyire ukwabo kugeza ku munsi wo kurimburwa.

4 Mbese igihugu kizageza ryari kuba mu cyunamo,

n’ibyatsi byo mu mirima bikuma?

Dore inyamaswa n’inyoni birapfa kubera ububi bw’abatuye igihugu.

Baravuga bati: “Imana ntireba ibyo dukora!”

5 Uhoraho aravuga ati:

“Niba usiganwa n’abanyamaguru ukananirwa,

uzabasha ute gusiganwa n’abagendera ku mafarasi?

Niba udafite amahoro mu gihugu kirimo umutekano,

uzifata ute mu mashyamba ya Yorodani?

6 “Koko rero dore abavandimwe bawe n’umuryango wawe barakugambanira, baragukoba ku mugaragaro. Ntukabiringire nubwo bakubwiza akarimi keza.”

Uhoraho azinukwa Ingoro ye n’abantu be

7 Uhoraho aravuga ati:

“Nazinutswe Ingoro yanjye n’abantu banjye,

abo nakundaga nzabagabiza abanzi babo.

8 Abantu banjye barampindutse nk’intare yo mu ishyamba,

barantontomeye ndabazinukwa.

9 Abantu banjye bameze nk’igisiga,

bameze nk’igisiga gitewe n’ibindi biturutse impande zose.

Nimugende mukoranye inyamaswa zose z’inkazi,

nimuzizane zirye.

10 Abashumba benshi bononnye umuzabibu wanjye,

baribase umurima wanjye,

umurima wanjye mwiza bawuhinduye ubutayu.

11 Bawuhinduye agasi imbere yanjye,

igihugu cyose cyabaye ubutayu nta wucyitayeho.

12 Mu mpinga zose z’imisozi idatuwe abantu baje barimbura,

inkota yanjye irarimbura abantu mu mpande zose z’igihugu,

nta n’umwe ufite amahoro.

13 Babibye ingano basarura amahwa,

bararushye, nyamara nta cyo bungutse.

Bakozwe n’isoni kubera umusaruro wabo,

bazize uburakari bwanjye.”

Isezerano ry’Uhoraho ku baturanyi ba Isiraheli

14 Uhoraho aravuga ati: “Abaturanyi ba Isiraheli b’abagome bigabije igihugu nahaye ubwoko bwanjye bw’Abisiraheli, nzabirukana mu bihugu byabo, nzavana Abayuda mu maboko y’abo bagome.

15 Nimara kuyabavanamo nzabagirira imbabazi, buri muntu musubize gakondo ye no mu gihugu cye.

16 Abo bagome nibimenyereza imigenzereze y’abantu banjye, bakarahira bavuga bati: ‘Ndahiye Uhoraho’, nubwo bigeze kwigisha abantu banjye kuramya Bāli, bazabarirwa mu banjye kandi bazagira ishya n’ihirwe.

17 Nyamara nihagira ubwoko bwanga kunyumvira, nzabutsembaho.” Uko ni ko Uhoraho avuze.

Categories
Yeremiya

Yeremiya 13

Yeremiya akenyeza umukandara w’umweru

1 Uhoraho arambwira ati: “Jya kugura umukandara w’umweru maze uwukenyeze ariko ntuwumese.”

2 Nuko ndagenda ngura umukandara ndawukenyeza nk’uko Uhoraho yambwiye.

3 Hanyuma Uhoraho yongera kumbwira ati:

4 “Fata wa mukandara waguze kandi ukenyeje, maze uhaguruke ujye ku ruzi rwa Efurati uwutabe mu mwobo uri mu rutare.”

5 Nuko ndagenda nywutaba hafi ya Efurati nk’uko Uhoraho yambwiye.

6 Nyuma y’iminsi myinshi Uhoraho arambwira ati: “Subira kuri Efurati uzane wa mukandara nakubwiye kuhataba.”

7 Nuko njyayo ndacukura nywukuramo, nsanga warononekaye.

8 Maze Uhoraho arambwira ati:

9 “Nguko uko nzarimbura ubwirasi bw’u Buyuda n’ubwirasi bukomeye bw’i Yeruzalemu.

10 Abo bantu babi banze kunyumvira barinangira, bayoboka izindi mana, barazikorera kandi barazisenga. Ni cyo gituma bazamera nk’uyu mukandara utagifite akamaro.

11 Nk’uko umuntu akenyeza umukandara agakomeza, ni ko nikomerejeho cyane Abisiraheli n’Abayuda bose. Kwari ukugira ngo bampeshe ikuzo n’icyubahiro, nyamara banze kunyumvira.”

Ikibindi cya divayi n’uburakari bw’Imana

12 Uhoraho Imana y’Abisiraheli arambwira ati: “Genda ubwire Abisiraheli uti: ‘Buri kibindi kizuzuzwa divayi.’ Nibasubiza bati: ‘None se tuyobewe ko ikibindi cyuzuzwa divayi?’

13 Nawe uzababwire ko jyewe Uhoraho ngiye guhindura abantu bose bo muri iki gihugu abasinzi: abami bakomoka kuri Dawidi n’abatambyi n’abahanuzi, n’abaturage bose b’i Yeruzalemu.

14 Abantu bose nzabateza umwiryane, ndetse n’ababyeyi n’abana. Impuhwe cyangwa imbabazi ntibizambuza kubarimbura.”

Imiburo ya Yeremiya

15 Uhoraho aravuga ati:

“Nimwicishe bugufi mwumve,

16 nimwubahe Uhoraho Imana yanyu,

nimumwubahe atarabateza umwijima,

nimumwubahe mutarasitara ku misozi,

nimumwubahe atarahindura icuraburindi umucyo mwari mwizeye.

17 Nyamara nimutumvira iyi miburo,

nzajya ahirengeye ndire,

nzarizwa n’ubwirasi bwanyu.

Nzarirana umubabaro amarira atembe,

nzarizwa n’uko abantu b’Uhoraho bajyanywe ho iminyago.”

Ubutumwa bw’Imana ku muryango wa cyami

18 Uhoraho arambwira ati:

“Bwira umwami n’umugabekazi uti:

‘Nimuve ku ntebe zanyu za cyami,

amakamba yanyu yahanutse ku mutwe.

19 Imijyi yo mu majyepfo y’u Buyuda yagoswe,

nta muntu ushobora kuyinjiramo,

abantu bose b’u Buyuda bajyanywe ho iminyago.’ ”

20 Yewe Yeruzalemu, ubura amaso urebe,

abanzi bawe baje baturutse mu majyaruguru.

Abantu wahawe kuyobora bari he?

Abo wiratanaga bari he?

21 Uzavuga iki abo witaga incuti zawe nibagutera?

Uzavuga iki nibagutera bakagutegeka?

Koko uzabababara nk’umugore uribwa n’ibise.

22 Icyo gihe uzabaza uti:

“Ni kuki ibi byambayeho?”

Byatewe n’ibyaha byawe byinshi,

byatumye wamburwa imyambaro yawe bakugirira nabi.

23 Mbese umwirabura yahindura ibara ry’uruhu rwe?

Mbese ingwe yahindura amabara yayo?

Niba bishoboka namwe mwashobora gukora ibyiza,

mwabishobora mwebwe mwamenyereye gukora ibibi.

24 “Ngiye kubatatanya nk’umurama utumurwa n’umuyaga,

nzabatatanya nk’umuyaga uturutse mu butayu.”

25 Uhoraho arakomeza ati:

“Ibyo ni byo bigukwiriye,

ni byo nategetse ko bikubaho.

Narabitegetse kuko wanyibagiwe,

waranyibagiwe uyoboka ibigirwamana.

26 Nzakwambika ubusa ukorwe n’isoni.

27 Nabonye ubusambanyi bwawe n’irari ryawe rikabije,

nabonye uburyarya bwawe buteye isoni,

nabonye ukora ibikorwa nanga,

nabonye ubikorera ku misozi no mu mirima.

Yeruzalemu we, ugushije ishyano!

Uzakomeza wihumanye kugeza ryari?”

Categories
Yeremiya

Yeremiya 14

Amapfa ateye ubwoba

1 Igihe amapfa yateraga Uhoraho yabwiye Yeremiya iri jambo:

2 “Abantu bo mu Buyuda bari mu cyunamo,

imijyi yaho yahindutse amatongo.

Abantu baho bararira barambaraye hasi,

i Yeruzalemu baranguruye amajwi batakamba.

3 Abakomeye bohereje abakozi babo kuvoma amazi,

abakozi bajya ku mariba bakabura amazi.

Bagarutse ibivomesho birimo ubusa,

bakozwe n’isoni barumirwa bipfuka mu maso.

4 Ubutaka bwiyashije imitutu,

nta mvura igwa mu gihugu,

abahinzi bashobewe bipfuka mu maso.

5 Mu gasozi imparakazi zasize ibyana byazo,

zabisize kuko nta rwuri.

6 Indogobe zo mu gasozi zihagaze ahirengeye ku gasi,

zirareha umuyaga nka za nyiramuhari,

amaso yazo yananijwe no kubura ibyo zirya.

7 “Abantu banjye barantakira bati:

‘Nubwo ibyaha byacu bidushinja,

Uhoraho, dufashe uheshe izina ryawe icyubahiro.

Koko ntiduhwema kugucumuraho,

imbere yawe turi abanyabyaha.

8 Wowe Byiringiro by’Abisiraheli,

Umucunguzi wacu mu gihe cy’amakuba,

kuki wifata nk’umushyitsi muri iki gihugu?

Kuki uri nk’umugenzi ushaka icumbi?

9 Kuki umeze nk’umuntu wumiwe?

Kuki uri nk’intwari idashobora gutabara?

Nyamara Uhoraho uri kumwe natwe,

turi abantu bawe ntudutererane.’ ”

10 Uhoraho arambwira ati: “Koko bakunze kurorongotana baranyimūra ntibisubiraho. Ni cyo gituma ntakibishimira, nzibuka ibicumuro byabo kandi mbahanire ibyaha byabo.”

11 Uhoraho arambwira ati: “Ntiwirirwe uvuganira aba bantu.

12 Nubwo bakwigomwa kurya sinzumva gutakamba kwabo. Nubwo bantura ibitambo bikongorwa n’umuriro n’amaturo y’ibinyampeke sinzabishimira, ahubwo nzabateza intambara n’inzara n’icyorezo bibarimbure.”

13 Nuko mbwira Uhoraho nti: “Nyagasani Uhoraho, abahanuzi babwira aba bantu ko nta ntambara n’inzara bizabaho, kuko wasezeranye guha iki gihugu amahoro asesuye.”

14 Nyamara Uhoraho aransubiza ati: “Abo bahanuzi barahanura ibinyoma bitwaje izina ryanjye. Ntabwo nigeze mbatuma, nta n’ubwo nabibategetse cyangwa ngo mbe naragize icyo mvugana na bo. Amabonekerwa yabo ni ibinyoma, ibyo babahanurira ni ibihimbano bidafite umumaro.

15 Ni yo mpamvu jyewe Uhoraho mbabwiye ibyo ngiye gukorera abo bahanuzi bitwaje izina ryanjye, kandi nta cyo nigeze mbatuma. Nyamara bavuga yuko intambara n’inzara bitazagera muri iki gihugu, nzabarimbuza intambara n’inzara.

16 Abo bahanuriye na bo bazapfa rumwe na bo. Imirambo yabo izajugunywa mu mayira yo muri Yeruzalemu kubera intambara n’inzara, ntihazasigara n’uwo kubahamba. Ibi bizagera kuri bose: abagore babo n’abahungu n’abakobwa babo, nzabaryoza ubugome bwabo.

17 Uzababwire uti:

‘Amarira yanjye ahora atemba ku manywa na nijoro,

ahora atemba ndirira abantu banjye bakomeretse bikabije,

abantu banjye bashegeshwe n’ibyago.

18 Iyo ngiye ku gasozi mbona abishwe n’inkota,

iyo ngiye mu mujyi mbona abishwe n’inzara.

Abahanuzi n’abatambyi bakomeza umurimo wabo,

nyamara ntibazi icyo bakora.’ ”

Rubanda batakambira Uhoraho

19 Uhoraho, mbese watereranye u Buyuda?

Mbese wazinutswe abatuye Siyoni?

Kuki waduteje ibyago bidakira?

Twari twizeye kugira amahoro,

nyamara nta cyiza twabonye.

Twari dutegereje gukizwa,

nyamara twugarijwe n’ibidutera ubwoba.

20 Uhoraho, tuzi neza ubugome bwacu,

tuzi neza ibicumuro bya ba sogokuruza,

koko twagucumuyeho.

21 Ku bw’icyubahiro cy’izina ryawe ntutuzinukwe,

ntuteshe agaciro intebe yawe ya cyami,

ibuka Isezerano wadusezeranyije nturyice.

22 Mbese mu mana z’amahanga hari n’imwe ishobora kugusha imvura?

Mbese ijuru ubwaryo ryabasha kugusha ibitonyanga?

Nta wundi uretse wowe Uhoraho Imana yacu.

None amizero yacu ari muri wowe,

ni wowe ukora ibyo byose.

Categories
Yeremiya

Yeremiya 15

Akaga kazaba ku Bayuda

1 Uhoraho arambwira ati: “Kabone n’iyo Musa na Samwelibampagarara imbere bakantakambira, sinagirira imbabazi buriya bwoko. Vana abo bantu imbere yanjye bagende.

2 Nibakubaza bati: ‘Turerekeza he?’, uzabasubize uti: ‘Nimwumve uko Uhoraho avuze:

abagenewe gupfa nibapfe,

abagenewe kwicishwa inkota ibice,

abagenewe kwicwa n’inzara nibice,

abagenewe kujyanwa ho iminyago, nibajyanwe ho iminyago.’

3 “Jyewe Uhoraho mbateganyirije uburyo bune bwo kubarimbura: bazicishwa inkota, imbwa zizakurubana imirambo yabo, ibisiga n’inyamaswa bizabarya bibatsembe.

4 Nzabahana maze bitere ubwoba amahanga yose yo ku isi, kubera ibyo Manase mwene Hezekiya umwami w’u Buyuda yakoreye i Yeruzalemu.”

Uhoraho yarabazinutswe

5 Uhoraho aravuga ati:

“Yemwe bantu b’i Yeruzalemu,

ni nde uzabagirira impuhwe?

Ni nde uzabaririra?

Ni nde uzashishikazwa no kubaza amakuru yanyu?

6 Mwaranyanze muranzinukwa,

mpagurukijwe no kubarimbura,

narambiwe kubagirira imbabazi.

7 Nzabagosora nk’abagosora ingano,

nzabatatanyiriza muri buri mujyi mu gihugu.

Abantu banjye narabatsembye mbamaraho urubyaro,

nyamara ntibahinduye imigenzereze yabo.

8 Nzagwiza abapfakazi babe benshi,

bazaba benshi kuruta umusenyi wo ku nyanja.

Ababyeyi b’abana bakiri bato nzabateza umurimbuzi,

nzamubateza ku manywa y’ihangu,

nzabateza umubabaro n’ubwoba bibagwe gitumo.

9 Umugore wari ufite abana barindwi acitse intege,

arahumeka nk’ugiye gupfa.

Umucyo we uzayoyoka ku manywa y’ihangu,

azakorwa n’isoni yumirwe.

Abarokotse nzabagabiza abanzi babo,

nzababagabiza babicishe inkota.”

Yeremiya yinubira Imana

10 Yeremiya aravuga ati:

“Mbega ngo ndagusha ishyano!

Mbese mama yambyariye iki?

Igihugu cyose kiranyamagana,

abantu bose barampagurukiye.

Ntawe nagujije cyangwa nagurije,

nyamara bose baramvuma.”

11 Uhoraho arambwira ati: “Nzagukomeza nk’uko bikwiye,

nzagukiza ibyago n’amakuba n’abanzi.

12 Mbese umuntu ashobora kuvuna icyuma,

icyuma cyangwa umuringa biturutse mu majyaruguru?

13 Nzohereza abanzi basahure,

bazasahura ubukire n’ubutunzi byanyu,

muzaba abagaragu mu gihugu mutazi.

14 Nzabagira abagaragu b’abanzi banyu,

muzaba abagaragu mu gihugu mutazi.

Koko uburakari bwanjye buzagurumana bubatwike.”

15 Yeremiya aravuga ati:

“Nyamara wowe Uhoraho urabizi,

nyibuka ungoboke,

ngoboka uhōre abantoteza.

Ntubihanganire ngo nkomeze mbabare,

zirikana ko ntukwa kubera wowe.

16 Iyo Ijambo ryawe ringezeho ndarimira,

Ijambo ryawe rintera ibyishimo rikanezeza,

narakwiyeguriye, Uhoraho Mana Nyiringabo.

17 Sinigeze nicara hamwe n’abaseka banezerewe,

sinigeze ninezeza hamwe na bo.

Narabitaruye kuko wabintegetse,

wanyujuje uburakari bwawe.

18 Ni kuki umubabaro wanjye udashira?

Ni kuki igikomere cyanjye kidakira?

Koko wambereye nk’isōko itagirirwa icyizere,

wankojeje isoni nk’isōko igira ubwo ikama.”

19 Uhoraho aransubiza ati:

“Nungarukira nzakugarura,

nzongera nkugire umugaragu wanjye.

Nuvuga amagambo nyayo atari amahomvu,

uzongera umbere umuhanuzi.

Abantu bazakugana,

nyamara si wowe uzabasanga.

20 Nzaguhagarika nk’urukuta rw’umuringa imbere yabo,

bazakurwanya nyamara ntibazagutsimbura.

Nzaba ndi kumwe nawe nkurengere ngukize.

21 Nzagukura mu maboko y’abagome,

nzagukura mu nzara z’abanyarugomo.”