Categories
Abeheburayi

Abeheburayi 11

Kwizera Imana

1 Kwizera Imana ni ukwemera ko umaze guhabwa ibyo wiringiye kuzabona, kandi ni ukumenya udashidikanya ko ibyo utareba biriho.

2 Uko kwizera ni ko kwatumye aba kera bashimwa n’Imana.

3 Kwizera Imana bitwumvisha ukuntu yavuze maze ijuru n’isi bikabaho, ku buryo ibyo abantu bareba byakomotse ku bitagaragara.

4 Kwizera Imana ni ko kwatumye Abeli ayitura igitambo kiyishimishije kiruta icya Kayini. Ni na ko kwatumye yemerwa ko atunganiye Imana, na yo igashima amaturo ye. Nubwo yapfuye uko kwizera kwe gutuma na n’ubu akivuga.

5 Kwizera Imana ni ko kwatumye Henoki yimurwa ku isi atagombye gupfa, ntihagira uwongera kumuca iryera kuko Imana yamujyanye. Kandi byanditswe ko atarimurwa yari yarayinogeye.

6 Icyakora nta wabasha kunogera Imana atayizera, kuko uyisanga wese agomba kwemera ko ibaho kandi ko igororera abayishaka.

7 Kwizera Imana ni ko kwatumye Nowa yita ku byo yaburiwe na yo ku byerekeye ibigiye kuzaba, nubwo yari atarabibona. Nuko yubaka ubwato bunini, we n’umuryango we bari kuzahungiramo umwuzure. Bityo ibyo Nowa yakoze byatumye ab’isi batsindwa n’urubanza, maze Imana imuha umugabane ku butungane iha abayizera.

8 Kwizera Imana ni ko kwatumye Aburahamu ayumvira igihe yamuhamagaraga, akimukira mu gihugu yari kuzahabwa ho umunani. Nuko agenda atazi iyo ajya.

9 Kwizera Imana kwanatumye Aburahamu aba nk’umushyitsi muri icyo gihugu Imana yamusezeranyije. Aba mu mahema kimwe na Izaki na Yakobo, na bo basezeranyijwe uwo munani kimwe na we.

10 Erega Aburahamu yari ategereje kuzatura mu murwa wahanzwe n’Imana ubwayo, kandi wubatswe na yo ku mfatiro zikomeye!

11 Kwizera Imana ni ko kwatumye Sara abasha gusama inda, n’ubwo yari ageze mu zabukuru kandi ari n’ingumba. Impamvu ni uko yizeye ko Imana itazabura gukora ibyo yasezeranye kuko ari indahemuka.

12 Bityo rero umukambwe umwe na we wasaga n’uwapfuye, akomokwaho n’abantu banganya ubwinshi n’inyenyeri zo ku ijuru n’umusenyi wo ku nkombe z’inyanja.

13 Abo bose bapfuye bagifitiye Imana icyizere. Bari batarahabwa ibyo yabasezeranyije, icyakora babireberaga kure bakabyishimira. Bemeraga ku mugaragaro ko ari abashyitsi n’abagenzi kuri iyi si.

14 Abavuga batyo baba beruye ko bashaka igihugu cyabo bwite.

15 Iyo baza rero gukumbura igihugu bari baravuyemo, bari bagifite uburyo bwo gusubirayo.

16 Ahubwo bifuzaga igihugu kirusha icyo kuba cyiza, ari icyo mu ijuru. Ni cyo gituma Imana idakorwa n’isoni zo kwitwa Imana yabo, ndetse yabateguriye umurwa bazaturamo.

17 Kwizera Imana ni ko kwatumye Aburahamu atura Izaki ho igitambo, ubwo yamusuzumaga ngo irebe ko yayumvira. Aburahamu yemeye gutanga uwo mwana we w’ikinege, kandi ari we yari yarahawe ho amasezerano.

18 Imana yari yaramubwiye iti: “Izaki ni we uzakomokwaho n’urubyaro nagusezeranyije.”

19 Aburahamu yibwiraga ko nubwo umuntu yaba apfuye, Imana ibasha kumuzura. Ubigereranyije rero yagaruriwe Izaki nk’uzutse.

20 Kwizera Imana ni ko kwatumye Izaki aha Yakobo na Ezawu umugisha ku byo bazahabwa bwanyuma.

21 Kwizera Imana ni ko kwatumye Yakobo atarapfa aha umugisha abahungu bombi ba Yozefu. Yabikoze yishingikirije inkoni ye, asingiza Imana.

22 Kwizera Imana ni ko kwatumye Yozefu ajya kwitārūra, ahanura ko urubyaro rwa Isiraheli ruzava mu Misiri, agena n’ibyerekeye amagufwa ye.

23 Kwizera Imana ni ko kwatumye ababyeyi ba Musa bamuhisha amezi atatu amaze kuvuka. Babonye ko ari umwana mwiza ntibatinya kurenga ku itegeko ry’umwami wa Misiri.

24 Kwizera Imana ni ko kwatumye Musa ubwo yari amaze gukura, yanga kwitwa umuhungu w’umukobwa w’umwami wa Misiri.

25 Ahubwo yiyemeza kugirirwa nabi hamwe n’ubwoko bw’Imana, abirutisha ibyishimo by’igihe gito yaterwa no gukora ibyaha.

26 Yasangaga ko guteshwa agaciro nka Kristoari ubukungu buruta kure umutungo wose w’igihugu cya Misiri, kuko yari arangamiye ingororano yari kuzahabwa.

27 Kwizera Imana ni ko kwatumye Musa ava mu Misiri, adatinya uburakari bw’umwami waho. Ntiyatezuka kuko yari arangamiye Imana itaboneka nk’uyiruzi.

28 Kwizera Imana ni ko kwamuteye kandi gushyiraho umuhango wa Pasika, maze ategeka ko basīga amaraso ku miryango, kugira ngo uwazaga gutsemba abana b’impfura bose atagira icyo atwara Abisiraheli.

29 Kwizera Imana ni ko kwatumye Abisiraheli bambuka Inyanja Itukura, ari nko kunyura ku butaka bwumutse. Nyamara Abanyamisiri babigerageje bararohama.

30 Kwizera Imana ni ko kwatumye inkuta z’umujyi wa Yeriko ziritagurika, Abisiraheli bamaze kuzizenguruka iminsi irindwi.

31 Kwizera Imana ni na ko kwatumye ya ndaya yitwa Rahabu idapfana n’abatumvira Imana, kubera ko yakiriye abatasi neza.

32 Nongere mvuge iki se kandi? Igihe cyambana gito, nshatse kurondora ibya Gideyoni na Baraki na Samusoni, na Yefute na Dawidi na Samweli ndetse n’abahanuzi.

33 Kubera ukwizera Imana kwabo bigaruriye ibihugu, bashinga ubutabera maze basingira ibyo Imana yari yarabasezeranyije. Babumbye iminwa y’intare,

34 bazimya umuriro ugurumana, barokoka ubugi bw’inkota. Mu mwanya w’intege nke bahabwa imbaraga. Ku rugamba ntihagira ubahangara, ahubwo bahashya ibitero by’abanyamahanga.

35 Abagore bahabwa ababo bazuwe mu bapfuye.

Abandi bishwe urubozo ntibemera kurengerwa, kugira ngo bazazuke bahabwe ubugingo buhebuje.

36 Bamwe bahawe urw’amenyo bakubitwa ibiboko, naho abandi baboheshwa iminyururu barohwa muri gereza.

37 Bamwe bicishijwe guterwa amabuye, abandi gukererwamo kabiri, naho abandi bicishwa inkota. Bazereraga bambaye impu z’intama n’iz’ihene badafite gifasha, batotezwa kandi bagirirwa nabi.

38 Yemwe, n’isi ntiyari ikwiye ko bayibamo! Bazereraga ahadatuwe no mu misozi, bakibera mu buvumo no mu masenga.

39 Abo bose Imana yarāse ukwizera kwabo, nyamara bapfuye batarahabwa ibyo yabasezeranyije.

40 Erega natwe Imana yaduteganyirije ibyiza bihebuje, ku buryo abo batari kugirwa indakemwa byuzuye tutari hamwe na bo!

—https://api-cdn.youversionapi.com/audio-bible-youversionapi/126/32k/HEB/11-9dc9738325f56b61e3ba27b87debe676.mp3?version_id=387—

Categories
Abeheburayi

Abeheburayi 12

Imana idufata nk’abana bayo

1 Natwe rero ubwo tuzengurutswe n’imbaga ingana ityo y’abahamije ibyo bizera, tureke ibitubuza gutambuka n’ibyaha bikunda kutuganza, maze twihatire kwiruka turangize gusiganwatwateganyirijwe tudacogoye.

2 Duhange Yezu amaso we nkomoko y’ukwizera kwacu, akaba ari na we ukunonosora. Yihanganiye kubambwa ku musaraba ntiyita ku isoni bimutera, kuko yazirikanaga ibyishimo abikiwe. Ubu yicaye iburyo bw’intebe ya cyami y’Imana.

3 Nuko nimumwibuke, muzirikane ukuntu yihanganiye kurwanywa bene ako kageni n’abanyabyaha, kugira ngo mudacogora mugacika n’intege.

4 Erega mu ntambara muhanganye n’ibyaha, ntimuragera aho kumena amaraso yanyu!

5 Kandi rero mwibagiwe ya magambo yo kubakomeza Imana yababwiye nk’ubwira abana be iti:

“Mwana wanjye, igihe Nyagasani aguhana ubyiteho,

ntucibwe intege n’uko agucyashye.

6 Koko rero Nyagasani acyaha uwo akunda,

uwo yemera wese ko ari umwana we ni we acishaho umunyafu.”

7 Noneho mwihanganire guhanwa n’Imana, kuko ari uko ibafata nk’abana bayo. Mbese ye, wabona umwana udahanwa na se?

8 Niba rero mudahanwa nk’uko umwana wese ahanwa na se, ntimuba muri abana b’Imana nyakuri, ahubwo muba mubaye ibibyarirano.

9 Ba data batubyaye ku buryo busanzwe ko baduhanaga tukabubaha, ubwo se Data watubyaye ku buryo bwa Mwuka, ntitugomba kurushaho kwemera kugengwa na we ngo tubeho?

10 Ba data baduhanaga uko babyumvaga na bwo by’igihe gito, naho uguhana kw’Imana Data bidufitiye akamaro ko kugira ngo tugire uruhare ku buziranenge bwayo.

11 Nta muntu uhanwa ngo muri ako kanya bimushimishe, ahubwo biramubabaza. Nyamara ababyitoje amaherezo bibabyarira amahoro n’ubutungane.

Amabwiriza n’imiburo

12 Kubera iyo mpamvu nimukomeze amaboko ananiwe n’amavi adandabirana.

13 Muhange inzira zigororotse, kugira ngo ucumbagira ukuguru kwe kudahuhuka ahubwo gukire.

14 Mwihatire kubana n’abantu bose mu mahoro no kuba abaziranenge, kuko nta n’umwe utari we uzabona Nyagasani.

15 Murabe maso kugira ngo hatagira ucogora ngo yivutse ubuntu Imana igira. Ntihakagire umuntu uba nk’umuzi mubi ushibuka ukēra imbuto zisharira, maze agateza impagarara mu bantu, akanduza rubanda.

16 Ntihakagire umuntu uba umusambanyi, cyangwa usuzugura iby’Imana nka Ezawu. Ezawu uwo yari umwana w’impfura, maze ubutware bwe bw’umwana w’impfura abugurana igaburo rimwe.

17 Muzi ko bitinze yashatse ko se amuraga umugisha umukwiye maze ntawuhabwe. Ntiyari agishoboye guhindura ibyo yari yarakoze nubwo yabishatse arira.

18 Mwe rero ntimuri nk’Abisiraheli ba kera, ngo mube mwegereye umusozi wa Sinayi umuntu yakoza intoki. Aho ni ho babonaga umuriro ugurumana n’umwijima w’icuraburindi, bakumva n’umuyaga w’ishuheri

19 n’impanda zivuga n’ijwi rirangīra. Abumvise iryo jwi basabye bakomeje ko ritongera kuvuga rwose.

20 Ntibabashaga kwihanganira kumva ijwi ry’uvugira mu ijuru agira ati: “Uzakora kuri uyu musozi wese azicishwa amabuye, niriba n’itungo muzarigenze mutyo.”

21 Ibyo babonaga byari biteye ubwoba koko, ku buryo na Musa yavuze ati: “Ndatinye cyane, ndahinda umushyitsi.”

22 Ahubwo mwegereye umusozi Siyoni n’umurwa w’Imana, nzima ari wo Yeruzalemu yo mu ijuru, n’abamarayika ibihumbi n’ibihumbi bakoraniye mu mwidagaduro.

23 Mwegereye n’imbaga y’abana b’impfura b’Imana amazina yabo akaba yanditswe mu ijuru. Mwegereye kandi Imana umucamanza wa bose, n’abapfuye ari intungane bagizwe indakemwa.

24 Ndetse mwegereye na Yezu Umuhuza w’Imana n’abagengwa n’Isezerano rishya, n’amaraso ye yamishwe adusabira ibyiza kurusha aya Abeli.

25 Muramenye ntimwange kumva uvuga! Abanze kumva uwababuriye ku isi ntibanze no guhanwa. Twe rero byaba bikabije. Twazahungira he igihano niba twirengagiza utuburira wo mu ijuru?

26 Cya gihe ijwi ry’Imana ryatigishije isi, na n’ubu ni yo ituburira, iti: “Hasigaye rimwe gusa, sintigise isi yonyine, ahubwo nzatigisa n’ijuru.”

27 Iryo jambo ngo: “Hasigaye rimwe …”, rigaragaza ko ibyaremwe byose bizatigiswa bikavanwaho, kugira ngo hagumeho ibidashobora guhungabanywa n’umutingito.

28 Dushimire Imana rero ko yaduhaye ubwami budashobora guhungabanywa. Bityo tuyisengeuko ishaka, tuyubaha kandi tuyitinya.

29 Erega Imana yacu ni nk’umuriro ukongora!

—https://api-cdn.youversionapi.com/audio-bible-youversionapi/126/32k/HEB/12-7ddeca1669f19431edfba5be9fbf4df5.mp3?version_id=387—

Categories
Abeheburayi

Abeheburayi 13

Gushimisha Imana uko bikwiye

1 Ntimuhweme gukundana bya kivandimwe.

2 Ntimukibagirwe no kwakira abashyitsi. Erega hari bamwe babikoze, basanga bakiriye abamarayika batabizi!

3 Muzirikane abanyururu nk’aho mufunganywe na bo. Mwibuke n’abagirirwa nabi, muzirikane ko namwe mufite umubiri.

4 Gushyingiranwa kubahwe n’abantu bose, kandi he kugira uwo mu bashakanye wandavuza uburiri bwabo asambana, kuko ibyomanzi n’abasambanyi Imana izabacira urubanza.

5 Ntimugatwarwe n’inyota y’ifaranga ahubwo munyurwe n’ibyo mufite, kuko Imana yavuze iti: “Sinzabasiga, nta n’ubwo nzabatererana na gato.”

6 Ni cyo gituma tuvuga nta cyo twishisha tuti:

“Nyagasani ni we unshyigikiye,

nta cyo nzatinya, umuntu se yantwara iki?”

7 Mujye mwibuka abayobozi banyu babagejejeho Ijambo ry’Imana. Muzirikane uko babayeho n’uko bapfuye, maze mukurikize urugero rwo kwizera Imana kwabo.

8 Yezu Kristo uko yari ari ejo na none ni ko ari, ni na ko azahora iteka ryose.

9 Ntimugateshwe inzira n’inyigisho zitari zimwe z’inzaduka. Icyiza ni uko imitima yacu yatungwa n’ubuntu Imana igira, aho gutungwa n’ibyokurya twategetswe n’amategeko kandi nta cyo bimarira abayakurikiza.

10 Twe dufite urutambiro rundi, abatambyi bakora mu Ihema risanzwe ntibemerewe kurya ku bitambirwa kuri rwo.

11 Ubusanzwe Umutambyi mukuru ajyana amaraso y’amatungo atuwe Imana mu Cyumba kizira inenge cyane, akayatanga ho impongano y’ibyaha, naho inyama zigatwikirwa inyuma y’inkambi.

12 Ni cyo gituma Yezu yaraguye inyuma y’irembo rya Yeruzalemu, kugira ngo rubanda abegurire Imana akoresheje amaraso ye bwite.

13 Noneho rero nimucyo dusohoke tumusange inyuma y’inkambi, twemeye guteshwa agaciro nka we.

14 Erega nta mujyi uhoraho dufite hano ku isi, ahubwo twifuza umujyi uteganyijwe kuzaboneka!

15 Nuko rero ntiduhweme gutura Imana ibitambo by’ishimwe tubikesha Yezu. Ni ukuvuga ngo tujye tuyogeza mu ruhame, bibe ari byo bisesekara ku minwa yacu.

16 Ntimukibagirwe kugira neza no gusangira ibyo mufite, kuko bene ibyo ari byo bitambo bishimisha Imana.

17 Mwumvire ababayobora kandi mwemere kugengwa na bo, kuko ari bo bashinzwe ubugingo bwanyu bakazabubazwa n’Imana. Mubumvire kugira ngo babakorere bishimye batinuba, kuko babakoreye binuba mwe nta kamaro byabagirira.

18 Mukomeze kudusabira. Turahamya ko nta kibi imitima yacu iturega, kuko kwifata neza igihe cyose ari icyo dushaka.

19 Ndabinginze murusheho kunsabira, kugira ngo Imana ingarureiwanyu bidatinze.

Gusaba umugisha

20-21 Umwami wacu Yezu ari we mushumba mukuru w’intama, Imana yamuzuye mu bapfuye kubera amaraso ye ahamya Isezerano ryayo ridakuka. Iyo Mana itanga amahoro ibashoboze ibyiza byose, kugira ngo mukore ibyo ishaka. Nuko isohoze muri twe umurimo uyishimisha ikoresheje Yezu Kristo. Ikuzo ribe irye iteka ryose. Amina.

Umwanzuro n’indamutso

22 Bavandimwe, ibyo nanditse byo kubakomeza ndabasaba kubyitaho. Erega uru rwandiko ntabwo ari rurerure!

23 Mumenye kandi ko umuvandimwe wacu Timoteyo yafunguwe. Naramuka angezeho vuba tuzazana kubasura.

24 Muramutse ababayobora bose, kimwe n’intore zose za Nyagasani. Abavandimwe bo mu Butaliyani barabatashya.

25 Nyagasani nagumye kubagirira ubuntu mwese.

—https://api-cdn.youversionapi.com/audio-bible-youversionapi/126/32k/HEB/13-13fa3cb37df4b7e163abc1627988f0e5.mp3?version_id=387—

Categories
Yakobo

Yakobo 1

Indamutso

1 Jyewe Yakobo umugaragu w’Imana n’Umwami wacu Yezu Kristo,

ndabaramukije ab’imiryango cumi n’ibiri batataniye mu mahanga.

Ubwenge buzanwa no kwizera Imana

2 Bavandimwe, igihe mugezweho n’ibigeragezo by’uburyo bwose mujye mubyishimira.

3 Mumenye ko iyo ukwizera Imana kwanyu kugeragejwe bibatera kwihangana.

4 Mureke ukwihangana kurangize umurimo wako, kugira ngo mube indakemwa, mushyitse, nta cyo mubuze.

5 Niba muri mwe hari ubuze ubwenge nasabe Imana ibumuhe, kuko iha bose itītangira kandi idacyurira umuntu.

6 Ariko asabe yizeye ari nta cyo ashidikanya, kuko ushidikanya yagereranywa n’umuhengeri wo mu kiyaga, umuyaga ukoza hirya no hino.

7 Umuntu nk’uwo ntakībwire ko hari icyo Nyagasani yamuha,

8 kuko ari nyamujyiryanino uhindagurika mu byo akora byose.

Ubukene n’ubukungu

9 Umuvandimwe woroheje ajye yishimira ko Imana imushyira ejuru,

10 n’umukungu na we ajye yishimira ko Imana imucisha bugufi, kuko iherezo azahita nk’ururabyo rwo ku gasozi.

11 Izuba rirarasa maze ryakara rikumisha ibyatsi, indabyo zigahunguka n’ubwiza bwazo bukayoyoka. Uko ni ko umukungu azayoyokana n’ibyo ahirimbanamo.

Ibishuko n’ibigeragezo

12 Hahirwa umuntu wihanganira ibimugerageza, kuko Imana nibona ko atsinze izamuhemba ikamba ry’ubugingo yasezeranyije abayikunda.

13 Igihe umuntu ashutswe ngo akore icyaha ntakavuge ati: “Imana ni yo inshutse”, kuko Imana idashukwa ngo ikore ibibi cyangwa na yo ngo igire uwo ishuka.

14 Ahubwo umuntu wese ashukwa igihe irari rye bwite rimukuruye rikamugusha mu mutego,

15 nyuma iryo rari rigatwita rikabyara icyaha, n’icyaha cyamara gukura kikabyara urupfu.

16 Bavandimwe nkunda, ntimukayobe!

17 Icyiza cyose umuntu agabiwe kimwe n’impano yose ihebuje ahawe, bikomoka mu ijuru ku Mana yaremye ibinyarumuri byo ku ijuru. Yo ntigira ubwo ihinduka cyangwa ngo itere umwijima nk’izuba igihe rirenze.

18 Ni yo yiyemeje kutubyara ikoresheje Ijambo ry’ukuri, kugira ngo tuyiturwe ho umuganura w’ibyaremwe byose.

Gutega amatwi no gukora

19 Bavandimwe nkunda, murazirikane ibi: buri muntu ajye yihutira gutega amatwi ariko atinde kuvuga, atinde no kurakara

20 kuko umuntu urakaye adakora ibitunganiye Imana.

21 Kubera ibyo rero mwitandukanye n’ibyanduza umutima byose, kimwe n’ubugizi bwa nabi bugwiriye, maze mwiyoroshye mwakire Ijambo Imana yateye mu mitima yanyu, kuko ari ryo ribasha kubakiza.

22 Ntimukishuke ngo mupfe kumva Ijambo ry’Imana gusa, ahubwo mujye mukora icyo ribabwira,

23 kuko uwumva iryo Jambo ntarikurikize, yagereranywa n’umuntu wirebera mu ndorerwamo,

24 nyuma akagenda agahita yibagirwa uko asa.

25 Ariko uhanga amaso ku Mategeko atagira amakemwa, ya yandi abohora abantu, akayizirikaho ntiyibagirwe ibyo yumvise, ahubwo agakora ibyo ayo Mategeko avuga, uwo azagira ihirwe mu byo akora byose.

26 Umuntu wibwira ko ari umunyedini nyamara ntagenge ururimi rwe aba yishuka, kandi idini ye iba idafite akamaro.

27 Idini itunganye kandi idafite inenge ndetse igashimwa n’Imana Data, ni ugusūra impfubyi n’abapfakazi bari mu makuba, no kwirinda kwanduzwa n’imigenzereze y’ab’isi.

—https://api-cdn.youversionapi.com/audio-bible-youversionapi/126/32k/JAS/1-da5ab49d9ae66c6b5e7b693ea2498433.mp3?version_id=387—

Categories
Yakobo

Yakobo 2

Kudasumbanya abantu

1 Bavandimwe, ntimugasumbanye abantukuko bitagendana no kwemera Umwami wacu Yezu Kristo Nyir’ikuzo.

2 Tuvuge ko mu ikoraniro ryanyu haje umuntu wambaye impeta y’izahabu ku rutoki n’imyenda ibengerana, hakaza n’umukene wambaye ubushwambagara.

3 Nuko mukita ku wambaye imyenda ibengerana mukamubwira muti: “Nimushyike aha hantu mwateguriwe.” Nuko mukabwira wa mukene muti: “Hagarara hariya!”, cyangwa muti: “Wowe icara aha hasi!”

4 Mbese iyo mugize mutyo ntimuba musumbanyije abantu, mukaba mwigize abacamanza badashingiye ku butabera?

5 Bavandimwe nkunda, mbabaze: mbese Imana ntiyatoranyije abakene bo ku isi ngo babe abakungu mu kuyizera, kugira ngo ibahe ubwami bwayo ho umunani yasezeranyije abayikunda?

6 Nyamara mwebwe musuzugura abakene. Mbese ye, abakungu si bo babatwaza igitugu bakabakurubana mu nkiko?

7 Ese si bo batuka rya zina ryiza mwitiriwe?

8 Ahubwo muba mukoze neza iyo mukurikije Itegeko ry’ubwami bw’Imana, nk’uko Ibyanditswe bivuga ngo: “Ujye ukunda mugenzi wawe nk’uko wikunda.”

9 Ariko niba musumbanya abantu muba mukora icyaha, noneho iryo tegeko rikabacira urubanza kuko mwaryishe.

10 Umuntu ukurikiza Amategeko iyo agize rimwe ateshukaho, aba ameze nk’uyishe yose.

11 Erega iyavuze iti: “Ntugasambane” ni na yo yavuze iti: “Ntukice.” None rero niba udasambana ariko ukica, uba wishe Amategeko.

12 Mu byo muvuga no mu byo mukora, mujye mumera nk’abategereje gucirwa urubanza na ya Mategeko abohora abantu.

13 Utagiriye abandi impuhwe azacirwa iteka nta mpuhwe. Nyamara uwagize impuhwe nta rubanza ruzamutsinda.

Kwizera Imana kugaragazwa n’ibikorwa byiza

14 Bavandimwe, umuntu byamumarira iki kuvuga ko yizeraImana niba ibikorwa bye bitabigaragaza? Mbese ukwizera nk’uko gushobora kumukiza?

15 Tuvuge ko abavandimwebambaye ubusa bakaba babuze ibibatunga

16 umwe muri mwe akababwira ati: “Nimugende amahoro, mususuruke mushire inzara”, byabamarira iki mutagize icyo mubaha cyo kubabeshaho?

17 Bityo ukwizera Imana iyo kuri konyine kutarangwa n’ibikorwa, kuba gupfuye.

18 Ariko umuntu ashobora kuvuga ati: “Wowe wizera Imana, naho jye mfite ibikorwa.” Ngaho nyereka ukwizera kwawe kutagira ibikorwa, nanjye ndakoresha ibikorwa byanjye ngo nkwereke ko biva ku kwizera Imana.

19 Mbese wizera Imana ukemera ko ari imwe rukumbi? Ibyo ni byiza. Erega n’ingabo za Satani ni ko zibyemera,ndetse zigahinda umushyitsi!

20 Wa mupfu we, ese urashaka icyemezo cyerekana ko kwizera Imana kutazana ibikorwa kuba ari nta kamaro?

21 Mbese sogokuruza Aburahamu si ibikorwa bye byatumye atunganira Imana, igihe yatangaga umuhungu we Izaki ho igitambo ku rutambiro?

22 Urumva ko kwizera Imana kwe n’ibikorwa bye byagendanaga, kandi ukwizera kwe kujujwe n’ibikorwa.

23 Kwari ukugira ngo bibe nk’uko Ibyanditswe bivuga ngo: “Aburahamu yizeye Imana bituma abarwa nk’intungane”, maze yitwa incuti y’Imana.

24 Murabona ko umuntu atagirwa intungane imbere y’Imana no kuyizera konyine, ahubwo anabiheshwa n’ibikorwa bye.

25 Mbese Rahabu w’indaya we Imana ntiyamugize intungane bitewe n’ibikorwa bye, igihe yacumbikiraga ba batasi batumwe na Yozuwe akabacikisha abanyujije mu yindi nzira?

26 Erega n’ubundi nk’uko umuntu udafite umwuka aba apfuye, ni na ko ukwizera Imana kutagira ibikorwa kuba gupfuye!

—https://api-cdn.youversionapi.com/audio-bible-youversionapi/126/32k/JAS/2-a328334251b8763c9452c4974c8fc4f9.mp3?version_id=387—

Categories
Yakobo

Yakobo 3

Kugenga ururimi

1 Bavandimwe, si benshi muri mwe mugomba kuba abigisha. Muzi yuko twebwe abigisha tuzacirwa urubanza ruruta urw’abandi.

2 Twese dufudika mu buryo bwinshi. Udafudika mu byo avuga aba ari indakemwa, abasha no kugenga umubiri we wose.

3 Dushyira utwuma mu kanwa k’amafarasi bityo akatwumvira, twakurura imikoba utwuma tuziritseho, ifarasi uko yakabaye ikerekera aho dushaka.

4 Dore n’amato yo mu nyanjanubwo ari manini bwose kandi akagenzwan’inkubi y’umuyaga, ayoborwa n’ingashya nto cyane akagana aho umusare werekeza ubwato ashaka.

5 N’ururimi na rwo ni ruto mu ngingo z’umubiri, nyamara rwiratana ibikorwa bikomeye.

Ibaze ukuntu agashashi k’umuriro gashobora gutwika ishyamba rinini!

6 Ururimi na rwo ni umuriro. Ni isangano y’ububi bungana n’isi. Ni rumwe mu ngingo z’umubiri wacu kandi rukawangiza wose, rugatwikisha imibereho yacu yose umuriro rurahura muri ya nyenga itazima.

7 Amoko yose y’inyamaswa n’inyoni n’ibikururuka n’ibikoko biba mu mazi, abantu bashobora kubitoza kubumvira ndetse bigeze kubikora.

8 Ariko ururimi rwo nta wagira icyo arutoza ngo arushobore. Ni icyorezo kidahosha cyuzuye uburozi bwica.

9 Ni rwo dukoresha ngo dushimire Nyagasani Imana ari yo Data, kandi ni na rwo dukoresha ngo tuvume abantu yaremye basa na yo.

10 Bityo mu kanwa kamwe hakavamo umugisha n’umuvumo. Bavandimwe, ntibikwiriye kumera bityo.

11 Mbese isōko imwe yavubura amazi meza n’arura?

12 Bavandimwe, mbese hari ubwo igiti cy’umutini cyakwera imbuto z’umuzeti, cyangwa ngo umuzabibu were imbuto z’umutini? Ni na ko ari nta wavoma amazi meza mu isōko y’amazi arura.

Ubwenge buturuka mu ijuru

13 Ni nde muri mwe ufite ubwenge no gusobanukirwa? Nabyerekanishe ibyo akora abiterwa n’imyifatire myiza, byose abikesha ubugwaneza buva ku bwenge.

14 Ariko niba imitima yanyu yuzuye ishyari n’amakimbirane, mureke kwirata ngo muhakane ukuri.

15 Ubwenge nk’ubwo ntibuturuka mu ijuru, ahubwo ni ubw’isi na kamere y’umuntu ndetse na Satani.

16 Ahari ishyari n’amakimbirane, ntihabura umuvurungano n’ibikorwa by’imburamumaro byose.

17 Ariko ubwenge buturuka mu ijuru icya mbere buraboneye, byongeye kandi buzana amahoro n’ineza no kumvikana n’abandi, bwuzuye impuhwe no kugira neza, nta gusumbanya abantu nta n’uburyarya.

18 Abanyamahoro babiba ibizana amahoro, bagasarura ubutungane.

—https://api-cdn.youversionapi.com/audio-bible-youversionapi/126/32k/JAS/3-7ed604799ec079f2273b76caee2b9ceb.mp3?version_id=387—

Categories
Yakobo

Yakobo 4

Kudakunda iby’isi

1 Mbese izo ntambara n’amahane biri muri mwe bikomoka he? Aho ntibikomoka ku byo murarikira birwanira mu mibiri yanyu?

2 Mwifuza ikintu mwakibura mukica. Muhirimbanira ikintu, mutashobora kukigeraho mugatongana mukarwana. Nta cyo muhabwa kuko mudasaba Imana.

3 N’iyo musabye ntimuhabwa kuko musaba nabi, mushaka ibyo gutagaguza mu byo murarikiye.

4 Mwa basambanyimwe, mbese ntimuzi ko ukunda iby’isi aba ari umwanzi w’Imana? Nuko rero umuntu wese uhitamo gukunda iby’isi aba yigize umwanzi w’Imana.

5 Ese mutekereza ko Ibyanditswe ari ugupfa kuvuga, igihe bigira biti: “Imana ifuhira umwuka yashyize muri twe”?

6 Nyamara kandi ubuntu Imana igira burahebuje, nk’uko Ibyanditswe bivuga ngo: “Imana irwanya abirasi, ariko abicisha bugufi ibagirira ubuntu.”

7 Nuko rero nimwemere kugengwa n’Imana, ariko murwanye Satani na we azabahunga.

8 Nimwegere Imana na yo izabegera.Mwa banyabyaha mwe, nimukarabe, namwe abafata impu zombi, nimuhumanure imitima yanyu.

9 Nimushavure, murire muboroge. Ibitwenge byanyu nibihinduke imiborogo, n’ibyishimo byanyu bihinduke agahinda.

10 Mwicishe bugufi imbere ya Nyagasani na we azabakuza.

Kudasebya abavandimwe

11 Bavandimwe, ntimugasebanye. Usebya umuvandimwe we cyangwa akamunegura, aba asebya Amategeko y’Imana akayanegura. Kandi rero igihe unegura Amategeko ntuba ukigengwa na yo, ahubwo uba wigize umucamanza.

12 Imana yonyine ni yo itanga Amategeko kandi igaca imanza. Ni yo ifite ububasha bwo gukiza abantu no kubatsemba. Naho se wowe uri nde ngo unegure mugenzi wawe?

Kwirinda ubwirasi

13 Yemwe abavuga muti: “Uyu munsi cyangwa ejo tuzajya mu mujyi uyu n’uyu tumareyo umwaka, tuhacururize twunguke!”

14 Mwebwe habe ngo muzi n’uko muzaba mumeze ejo! Mbese ubugingo bwanyu ni iki? Mumeze nk’igihu kiboneka akanya gato kikaba kirayoyotse.

15 Ahubwo mwari mukwiriye kuvuga muti: “Nyagasani nabishaka tuzabaho maze dukore ibi n’ibi.”

16 Nyamara ubu murirata ndetse mukirarira! Bene ubwo bwirasi ni bubi.

17 Nuko rero umuntu uzi gukora icyiza ntagikore aba akoze icyaha.

—https://api-cdn.youversionapi.com/audio-bible-youversionapi/126/32k/JAS/4-4be4926d6f9c9da97401397c3d50b0ec.mp3?version_id=387—

Categories
Yakobo

Yakobo 5

Kuburira abakire

1 Mwa bakire mwe, muguweho! Nimurire muboroge kuko mugiye kugira ibyago.

2 Ubukungu bwanyu bwaraboze n’imyambaro yanyu yariwe n’inyenzi.

3 Izahabu n’ifeza mwabitse byaguye ingese, ingese yabyo ni yo izabashinja maze ikongore imibiri yanyu nk’umuriro. Mwabitse ubukungu muri iyi minsi y’imperuka.

4 Abasaruye imyaka yanyu ntimwabahembye none dore baraboroga! Umuborogo wabo kandi wageze mu matwi ya Nyagasani Nyiringabo.

5 Mwadābagiriye ku isi murarengwa. Mwashishe nk’amatungo none dore umunsi wo kubagwa urageze!

6 Intungane mwaziciriye urwo gupfa ntizabarwanya murazica!

Kwihangana no gusenga

7 Bavandimwe, mwihangane kugeza ubwo Nyagasani azaba aje. Muzirikane uko umuhinzi ategereza umusaruro mwiza w’ibyo yahinze. Awurindira yihanganye ategereje imvura y’umuhindo n’iy’itumba.

8 Namwe mube ari ko mwihangana mukomere, kuko kuza kwa Nyagasani kwegereje.

9 Bavandimwe, ntihagire uwitotombera undi kugira ngo bitabashyira mu rubanza. Dore umucamanza ageze ku irembo.

10 Bavandimwe, muzirikane abahanuzi bavuze mu izina rya Nyagasani, mube ari bo mukuraho urugero rwo kwihangana no kwiyumanganya mu mibabaro.

11 Dore abadacogora tubita abanyehirwe. Mwumvise uko Yobu yihanganyen’ibyo Nyagasani yamukoreye hanyuma, kuko Nyagasani agira impuhwe n’imbabazi.

12 Cyane cyane bavandimwe, ntimukarahire, kwaba kurahira mushingiye ku ijuru cyangwa ku isi, cyangwa ku kindi kintu icyo ari cyo cyose. Igihe mwemeye ikintu mujye muvuga gusa muti: “Yee”, n’igihe muhakanye muti: “Oya” kugira ngo mudashyirwa mu rubanza.

13 Mbese hari ubabaye muri mwe? Nasenge Imana. Hari uwishimye? Naririmbe asingize Imana.

14 Mbese hari urwaye muri mwe? Natumize abakuru b’itorero bamusabire, bamusīge n’amavutamu izina rya Nyagasani.

15 Byongeye kandi nibasenga bizeye Nyagasani, bizakiza umurwayi. Nyagasani azamuhagurutsa ari mutaraga, kandi naho yaba yarakoze ibyaha azabibabarirwa.

16 Mujye mubwirana ibyaha byanyu kandi musabirane, kugira ngo mukire indwara. Isengesho ry’umuntu w’intungane rigira ububasha, kandi Imana irikoresha umurimo wayo.

17 Eliya yari umuntu umeze nkatwe. Yasabye Imana ko imvura itagwa, maze imara imyaka itatu n’amezi atandatu itagwa.

18 Hanyuma yongera gusenga, imvura iragwa imyaka irera.

19 Bavandimwe, niba muri mwe hagize uyoba agateshuka inzira y’ukuri undi akamugarura,

20 mumenye ko ugaruye umunyabyaha akava mu nzira yayobeyemo, azaba akijije uwo muntu urupfu rw’iteka kandi atume ibyaha byinshi bibabarirwa.

—https://api-cdn.youversionapi.com/audio-bible-youversionapi/126/32k/JAS/5-2387bfdebf58fc3b084c8fe054c161d6.mp3?version_id=387—

Categories
1 Petero

1 Petero 1

Indamutso

1 Jyewe Petero Intumwa ya Yezu Kristo, ndabandikiye mwebwe abo Imana yitoranyirije, mu basuhuke batataniyemu ntara za Ponto na Galati, na Kapadokiya na Aziya na Bitiniya.

2 Imana Data yabatoranyije ikurikije umugambi yagize kuva kera, Mwuka abagira intore zayo kugira ngo mwumvire Yezu Kristo, mwezwe n’amaraso yabameneye.

Imana nibagirire ubuntu ibahe n’amahoro bisesuye.

Ibyo twiringira

3 Nihasingizwe Imana se w’Umwami wacu Yezu Kristo, yo yatugiriye imbabazi. Yaduhaye kuvuka ubwa kabiri, tukaba dufite ibyo twiringira bihamye, tubikesha izuka rya Yezu Kristo mu bapfuye.

4 Bityo mutegereje umunani mwabikiwe mu ijuru utabora, utandura ntunacuyuke.

5 Kwizera Imana kwanyu gutuma murindwa n’ububasha bwayo, kugeza ubwo muzabona agakiza kagenewe kuzahishurwa mu gihe cy’imperuka.

6 Ni byo bibatera guhimbarwa, nubwo ubusanzwe mwagombaga kumara igihe gito mushavuzwa n’ibigeragezo bitari bimwe.

7 Icyo bigamije ni ukugira ngo ukwizera kwanyu kugeragezwe. Koko kandi ukwizera kwanyu kurusha kure izahabu agaciro, kuko yo yangirika nubwo iba yacishijwe mu ruganda. Bityo igihe Yezu Kristo azahishurwa, azasanga mumuhesheje ishimwe n’ikuzo n’icyubahiro.

8 We muramukunda mutamubonye, mukanamwemera mutaramuca iryera. Ni yo mpamvu muhimbarwa mugasimbagizwa n’ibyishimo bitavugwa, byuzuye ikuzo,

9 kuko mwegukanye agakiza mwari mwizeye.

10 Ako gakiza ni ko abahanuzi bashakashatse babishishikariye, bahanura ibyerekeye ubuntu Imana yari kuzabagirira.

11 Bihatiraga kumenya ibyo Mwuka wa Kristo yabagaragarizaga, igihe bizabera n’ukuntu bizamera, kuko Mwuka uwo wari muri bo yahoze ahamya imibabaro Kristo azacamo n’ikuzo rizakurikiraho.

12 Imana yahishuriye abo bahanuzi ko ubutumwa yabashinze atari bo bugenewe, ahubwo ko ari ubwanyu. Ubwo ni bwo Butumwa bwiza mumaze kugezwaho ubu ngubu n’ababubazaniye, bafite ubushobozi bwa Mwuka Muziranenge bohererejwe avuye mu ijuru. Ubwo Butumwa abamarayika na bo babufitiye amatsiko.

Nimube abaziranenge

13 Nuko rero nimuhaguruke mwitegure, mwirinde gutegekwa n’inda, mwiringire rwose ubuntu muzagirirwa igihe Yezu Kristo azahishurwa.

14 Mwumvire Imana nk’abana bayo, mureke gukurikiza ibibi mwararikiraga kera mukiri mu bujiji.

15 Ahubwo mube abaziranenge mu myifatire yanyu yose, nk’uko Imana yabahamagaye ari inziranenge,

16 kuko Ibyanditswe bivuga ngo: “Mube abaziranenge kuko nanjye ndi umuziranenge.”

17 Ubwo mwiyambaza Imana muyita So yo ifata abantu bose kimwe, igacira umuntu wese urubanza ikurikije ibyo yakoze, mujye muyitinya mu minsi musigaranye mugicumbitse ku isi.

18 Muzi ko atari ibintu bita agaciro nk’ifeza cyangwa izahabu, byabacunguye ngo muve mu myifatire y’imburamumaro mwatojwe na ba sogokuruza.

19 Ahubwo icyabacunguye ni amaraso ya Kristo y’igiciro gikomeye, nk’ay’umwana w’intama utagira inenge cyangwa ubusembwa.

20 Imana yari yaragennye ko Kristo akora ibyo mbere y’uko isi iremwa, maze muri ibi bihe by’imperuka imugaragaza kubera mwe.

21 Ni we ubaha kwemera Imana yamuzuye mu bapfuye ikamuha n’ikuzo, bityo ibyo mwemera n’ibyo mwiringira bikaba bishingiye ku Mana.

22 Mwiyejesheje kumvira ukuri kw’Imana kugira ngo mukundane bya kivandimwe, nta buryarya. Nuko rero mushishikarire gukundana mubikuye ku mutima,

23 kuko mwabyawe ubwa kabiri bidakomotse ku mbuto ibora, ahubwo ku mbuto itabora ari yo jambo ry’Imana rizima kandi rihoraho.

24 Ni na ko Ibyanditswe bivuga ngo:

“Abantu bose bameze nk’ibyatsi,

ubwiza bwabo bwose bumeze nk’indabyo zo ku gasozi.

Ibyatsi biruma indabyo zikarabirana,

25 ariko ijambo rya Nyagasani rihoraho iteka.”

Iryo jambo ni ryo Butumwa bwiza babagejejeho.

—https://api-cdn.youversionapi.com/audio-bible-youversionapi/126/32k/1PE/1-85866acf020941e75d8f8bc416a5620c.mp3?version_id=387—

Categories
1 Petero

1 Petero 2

Ibuye rizima n’abantu Imana yagize abayo

1 Nuko rero nimwivaneho icyitwa ubugizi bwa nabi n’uburiganya bwose, uburyarya n’ishyari n’ugusebanya kose.

2 Nk’uko uruhinja rukenera konka, abe ari ko namwe mwifuza amata adafunguye ari yo Jambo ry’Imana, kugira ngo atume mukura, mugere ku gakiza.

3 Ni na ko Ibyanditswe bivuga ngo: “Mwamaze gusogongera mumenya uko Nyagasani agira neza.”

4 Nimwegere Nyagasani we buye rizima abantu banze, nyamara rikaba ryaratoranyijwe n’Imana kandi rifite agaciro kuri yo.

5 Namwe nimumusange muri nk’amabuye mazima, kugira ngo mwubakwe mube inzu ya Mwuka. Bityo mube imbaga y’abatambyi b’intore z’Imana mushinzwe kuyitura ibitambo biyishimisha, mubikoze ku buryo bwa Mwuka kandi mubishobojwe na Yezu Kristo.

6 Ni na ko Ibyanditswe bivuga ngo:

“Dore nshyize muri Siyoni ibuye natoranyije,

ngo ribe insanganyarukuta rifite agaciro.

Urifitemo icyizere ntazakorwa n’isoni.”

7 Nuko rero mwebwe abemera Kristo iryo buye ribafitiye agaciro, ariko ku batamwemera ngo:

“Ibuye abubatsi banze ni ryo ryabaye insanganyarukuta.”

8 Kandi ngo:

“Iryo ni ibuye risitaza abantu,

ni urutare rubagusha.”

Koko kandi barasitaye nk’uko babigenewe, kuko batumviye Ijambo ry’Imana.

9 Ariko mwebweho muri ubwoko bwatoranyijwe n’abatambyi bakorera Umwami Imana n’abantu baziranenge, n’ubwoko bwayo bw’umwihariko. Bityo mwamamaze ibikorwa bitangaje by’Imana yabahamagaye ngo muve mu mwijima, mugere mu mucyo wayo w’agatangaza.

10 Kera ntimwari ubwoko, ariko ubu muri ubwoko bw’Imana. Kera ntimwari mwaragiriwe impuhwe, ariko ubu mumaze kuzigirirwa.

Imyifatire ikwiriye abagaragu b’Imana

11 Ncuti nkunda, ndabihanangiriza mumeze nk’abanyamahanga n’ibicibwa kuri iyi si, kugira ngo mwirinde irari muterwa na kamere yanyu rirwanya ubugingo bwanyu.

12 Mugire imyifatire myiza hagati y’abatazi Imana, kugira ngo nubwo babasebya ngo mugira nabi, babone ibyiza mukora bizatume baha Imana ikuzo umunsi izaza muri twe.

13 Ku mpamvu za Nyagasani Umugenga wanyu mwemere kugengwa n’umutegetsi uwo ari we wese, yaba umwami nyir’igihugu

14 cyangwa abatware be yatumye guhana abakora nabi no gushima abakora neza.

15 Koko rero Imana ishaka ko mukora neza, ku buryo injiji z’ibipfayongo zibura icyo zibavugaho.

16 Mumere nk’abantu bishyira bakizana, nyamara ukwishyira ukizana kwanyu ntimuguhindure urwitwazo rwo gukora ibibi, ahubwo mugenze nk’abagaragu b’Imana.

17 Muhe abantu bose agaciro, mukunde abavandimwe banyu, mutinye Imana, muhe Umwami agaciro.

Urugero rw’imibabaro ya Kristo

18 Bagaragu, mwemere kugengwa na ba shobuja mujye mububaha rwose, ntimwubahe abagwaneza n’ababorohera gusa, ahubwo mwubahe n’abanyamakare.

19 Erega bishimisha Imana igihe umuntu yihanganira kugirirwa nabi arengana, abitewe no kumva muri we icyo ishaka!

20 None se mwashimwa mute igihe mwihanganiye gukubitwa muhōrwa ibyaha byanyu? Ariko rero igihe mwakoze neza mukabihōrwa maze mukihangana, ubwo ni bwo muba mushimishije Imana.

21 Ibyo ni byo Imana yabahamagariye, kuko Kristo na we yababajwe ku bwanyu, bityo akababera urugero kugira ngo mujye mugenza nka we.

22 We nta cyaha yigeze akora, nta n’iby’uburiganya yigeze avuga.

23 Yaratutswe ntiyasubiza, bamugiriye nabi ntiyabakangisha, ahubwo yiragiza Imana ica imanza zitabera.

24 Kristo ubwe yatwaye ibyaha byacu mu mubiri we, abibambanwa ku musarabakugira ngo tube dupfuye ku byerekeye ibyaha, maze tubeho dutunganiye Imana. Erega “Inguma ze ni zo zabakijije!

25 Mwari mumeze nk’intama zazimiye”, ariko none ubu mugarukiye Umushumba wanyu ari we uyobora ubugingo bwanyu.

—https://api-cdn.youversionapi.com/audio-bible-youversionapi/126/32k/1PE/2-c68d9c2fee0d01c8f23559694923020b.mp3?version_id=387—