Categories
Abanyafilipi

Abanyafilipi 1

Indamutso

1 Jyewe Pawulo na Timoteyo abagaragu ba Kristo Yezu, turabaramukije mwebwe ntore z’Imana ziri muri Kristo Yezu zo mu mujyi wa Filipi, hamwe n’abayobozi b’itorero ry’Imana n’abadiyakoni baryo.

2 Imana Data nibagirire ubuntu, ibahe n’amahoro ifatanyije na Nyagasani Yezu Kristo.

Pawulo asabira abemera Kristo b’i Filipi

3 Nshimira Imana yanjye igihe cyose mbibutse,

4 iteka iyo nsenze mbasabira mwese nezerewe,

5 mbitewe n’uruhare mufite kimwe nanjye rwo kwamamaza Ubutumwa bwiza kuva bigitangirakugeza n’ubu.

6 Ndemeza ko Imana yatangiye uwo murimo mwiza muri mwe izawukora, ikawunonosora kugeza umunsi Kristo Yezu azaza.

7 Sinabura kubagiraho mwese ibitekerezo nk’ibyo kuko mbahoza ku mutima. Mwese mufite uruhare ku buntu Imana yangiriye, haba ubu ndi ku ngoyi cyangwa igihe nari ngifite uburenganzira bwo kurwanira Ubutumwa bwiza, kugira ngo bushinge imizi muri mwe.

8 Imana ni yo ntanze ho umugabo ko mbakumbuye mwese, mbitewe n’urukundo rwa Kristo Yezu rundimo.

9 Icyo mbasabira kandi ni ukugira ngo urukundo rwanyu rurusheho kugwira ngo mumenye byose, musobanukirwe byose,

10 kugira ngo mushobore gusuzuma ibintu, mumenye ikirushije ibindi gutungana. Bityo muzabe mudafite amakemwa cyangwa umugayo umunsi Kristo azaza,

11 ahubwo muzabe mwareze imbutoz’ubutungane, zihesha Imana ikuzo n’ishimwe mubikesha Yezu Kristo.

“Ku bwanjye kubaho ni Kristo”

12 Bavandimwe, ndashaka kubamenyesha ko ibyambayeho byatumye Ubutumwa bwiza butera imbere,

13 ku buryo abo mu ngoro y’umwami w’i Romabose, ndetse na rubanda rwose bamenye ko nafunzwe mpōrwa Kristo.

14 Ikindi kandi izi ngoyi zanjye zatumye abenshi mu bavandimwebakomera kuri Nyagasani, maze barushaho kuvuga Ijambo ry’Imana bashize amanga.

15 Icyakora bamwe batangaza ibyerekeye Kristo babitewe n’ishyari n’amakimbirane, ariko abandi bakabikora babikuye ku mutima.

16 Abo babiterwa n’urukundo bazirikana ko nashinzwe kurwanira Ubutumwa bwiza.

17 Naho ba bandi batangaza ibya Kristo, babiterwa no gushaka kwishyira imbere n’izindi mpamvu zitaboneye, bibwira ko binyongerera imibabaro yo kuba ku ngoyi.

18 Mbese bitwaye iki? Baba babiterwa n’urwitwazo cyangwa n’ukuri, uko biri kose Kristo aramamazwa. Ibyo biranshimisha kandi bizakomeza kunshimisha.

19 Icyo nzi cyo ni uko bizamviramo agakiza, mbikesha amasengesho yanyu no gufashwa na Mwuka wa Yezu Kristo.

20 Dore icyo mfitiye amatsiko kandi niringiye kuzabona: nta kizatuma nkorwa n’isoni. Ahubwo ubu nk’uko bisanzwe nzakomeza kuvuga nshize amanga, kugira ngo naho nabaho cyangwa napfa, imibereho yanjye iheshe Kristo ikuzo ryinshi.

21 Ku bwanjye kubaho ni Kristo, naho gupfa byambera inyungu.

22 Nyamara niba kubaho kwanjye kwatuma nkomeza gukora umurimo w’ingirakamaro, sinzi icyo nahitamo.

23 Mpeze hagati nk’ururimi. Kimwe cyo ndifuza gutabaruka ngo nibanire na Kristo, ndetse ni cyo cyambera cyiza bihebuje,

24 nyamara mwebwe icyarushaho kubagirira akamaro ni uko nagumya kubaho.

25 Icyo nemeza kandi nzi neza ni uko nzagumya kubaho no kubana namwe mwese, kugira ngo mutere imbere kandi mwishimire Kristo Yezu mwemeye,

26 maze muri we ishema ryanyu risesure kubera jyewe kuko nzaba ngarutse muri mwe.

Gukora ibikwiranye n’Ubutumwa bwiza

27 Gusa mujye mukora ibikwiranye n’Ubutumwa bwiza bwa Kristo, kugira ngo ndamutse nje kubasura cyangwa ntaje, nzumve ko mukomeye, muhuje umugambi, mushyize hamwe gushishikarira kwizera Kristo mubikesha Ubutumwa bwiza.

28 Ntimugaterwe ubwoba n’ababarwanya, ni cyo kizabera abo bantu icyemezo kivuye ku Mana ko bazarimbuka, naho mwe kibabere icyemezo ko muzakizwa.

29 Koko kandi Imana yabagiriye ubuntu ni yo ibaha gukorera Kristo, atari ukumwemera gusa, ariko kandi ibaha no kubabazwa ari we muhōrwa.

30 Iyo ntambara murwana ni iyo mwasanze ndwana, kandi nk’uko mwabyumvise na n’ubu ndacyayirwana.

—https://api-cdn.youversionapi.com/audio-bible-youversionapi/126/32k/PHP/1-6d7cfff4d62305a1f35ccb03788e7ba2.mp3?version_id=387—

Categories
Abanyafilipi

Abanyafilipi 2

Kwiyoroshya no gukomera bya Kristo

1 Mbese mwahawe gukomera kuri Kristo? Ese urukundo rwe rujya rubarema agatima? Mbese Mwuka we yabahaye gushyira hamwe? Ese mugirirana impuhwe n’ibambe?

2 Nuko rero mugire amatwara amwe, mukundane kimwe, muhuze umutima n’inama, ni bwo muzatuma ibyishimo byanjye bisendera.

3 Ntimukagire icyo mukora mubiterwa no kwishyira imbere cyangwa kwikuza, ahubwo mujye mwiyoroshya, umuntu wese yibwire ko mugenzi we amuruta.

4 Umuntu wese yirinde kuzirikana ibye gusa, ahubwo ajye azirikana n’iby’abandi.

5 Mujye mugira amatwara nk’aya Kristo Yezu.

6 We nubwo yari asanzwe afite kamere y’Imana,

ntiyigeze yibwira ko guhwana na yo ari ikintu cyo kugundīrwa.

7 Ahubwo yaretse ibye byose,

ahinduka nk’umuntu,

ndetse afata kamere y’inkoreragahato.

Yabonetse ameze nk’umuntu,

8 yicisha bugufi arumvira,

ntiyanga no gupfa,

ndetse apfa abambwe ku musaraba.

9 Ni cyo cyatumye Imana imushyira hejuru cyane,

imuha n’ikuzo risumba iry’abandi bose,

10 kugira ngo mu ijuru no ku isi ndetse n’ikuzimu,

bose bapfukamire Yezu bamuramye,

11 bose bamwogeze mu ruhame,

bemeze ko Yezu Kristo ari we Nyagasani,

ngo biheshe Imana Se ikuzo.

Kuba urumuri rw’isi

12 Mwebwe abo nkunda cyane, iteka mwumviraga Imana,nimukomeze rero kuyumvira atari igihe turi kumwe gusa, ahubwo n’ubu tutari kumwe. Mujye mushyira agakiza kanyu mu bikorwa mutinya kandi muhinda umushyitsi,

13 kuko Imana ari yo ubwayo itwarira muri mwe kugira ngo mushake kandi mukore ibyo yagambiriye.

14 Mukore byose mutinuba kandi mutagirana impaka,

15 kugira ngo mube abana b’Imana batagira umugayo, baboneye, batagira amakemwa, batuye mu bantu b’iki gihe b’abahemu n’abagizi ba nabi, mubabere nk’imuri zimurikira isi,

16 mubagezaho Ijambo ry’ubugingo. Ibyo bizantera kubiratana ku munsi Kristo azaza, byerekane ko ntirukiye ubusacyangwa ngo mvunikire ubundi.

17 Ahari amaraso yanjye azagomba gusukwa ku gitambomutura Imana, ari wo murimo muyikorera mubitewe no kwemera Kristo. Bibaye bityo nzabyishimira ngo namwe mwese mwishimane nanjye.

18 Namwe ni uko nimwishime, kugira ngo nanjye nishimane namwe.

Timoteyo na Epafurodito

19 Nyagasani Yezu nabishaka niringiye ko bidatinze nzashobora kubatumaho Timoteyo, kugira ngo angezeho inkuru yanyu impumurize.

20 Ni we wenyine mfite duhuje kubakunda, kandi wita by’ukuri ku byanyu.

21 Abandi bose baharanira inyungu zabo bwite, aho guharanira iza Yezu Kristo.

22 Muzi ko Timoteyo yerekanye ko ari ingirakamaro, akorana nanjye umurimo w’Ubutumwa bwiza nk’uko umwana akorana na se.

23 Ni we rero niringiye kuzabatumaho nimara kumenya aho ibyanjye byerekeye.

24 Ubundi kandi ndemeza ko Nyagasani nabishaka, ntazatinda kuza iwanyu.

25 Nabonye ko ari ngombwa kubatumaho umuvandimwe Epafurodito dufatanyije umurimo, kandi turi kumwe ku rugamba. Ni intumwa yanyu mwohereje kugira ngo ankorere kuko nari mukeneye.

26 Yari abakumbuye mwese kandi ababajwe cyane n’uko mwumvise ko arwaye.

27 Koko yari arwaye yenda gupfa, ariko Imana ikinga ukuboko. Si we wenyine yabigiriye, nanjye yarabingiriye kugira ngo ne kwicwa n’agahinda kageretse ku kandi.

28 Ni yo mpamvu ndushaho kumva ari ngombwa kumuboherereza, kugira ngo nimumubona muzongere kwishima, bityo nanjye nshire agahinda.

29 Muramwakire rero mwishimye nk’umuvandimwe muri Nyagasani, kandi umuntu wese nk’uwo mujye mumwubaha.

30 Erega yari agiye gupfa azize umurimo wa Kristo, yigerejeho ngo yuzuze ibyo mutari kunshoborera ubwanyu!

—https://api-cdn.youversionapi.com/audio-bible-youversionapi/126/32k/PHP/2-ad2e9ed29af6d9e995f03d5eb17cf48f.mp3?version_id=387—

Categories
Abanyafilipi

Abanyafilipi 3

Uko umuntu yatunganira Imana

1 Ahasigaye bavandimwe, mwishimire muri Nyagasani. Sindambirwa kubandikira ibintu mbisubiramo, igihe bibafitiye akamaro.

2 Mwirinde za mbwaari zo bagizi ba nabi, bakunda ibyo kwikebagura.

3 Ahubwo ni twe twakebwe by’ukuri twe dusenga Imana tubikesha Mwuka wayo, tukirata Kristo Yezu wenyine aho kwiyemera ubwacu.

4 Jyewe mfite impamvu zatuma niyemera ubwanjye. Haramutse hagize uwibwira ko afite impamvu zo kwiyemera, jyewe namuhiga.

5 Umva nawe: nakebwe ku munsi wa munani. Ndi Umwisiraheli kavukire wo mu muryango wa Benyamini, ndi n’Umuheburayi butwi. Ku byerekeye gukurikiza Amategeko ndi Umufarizayi,

6 naho ku byerekeye ishyaka, natotezaga Umuryango wa Kristo.Ku byerekeye ubutungane buzanwa n’Amategeko, nari inyangamugayo.

7 Nyamara ibyari bimfitiye inyungu, mbibara ko ari igihombo kubera Kristo.

8 Ndetse ibintu byose mbibara ko ari igihombo, iyo mbigereranyije n’ubukungu buhebuje buzanwa no kumenya Kristo Yezu Umwami wanjye. Kubera we nemeye guhara ibyo nitaga inyungu zanjye byose, maze mbibara nk’amazirantoki kugira ngo nunguke Kristo,

9 kandi mpore muri we ntiratana ubutungane buzanwa no gukurikiza Amategeko, ahubwo nirata ubutungane buzanwa no kwizera Kristo, ari bwo Imana itanga bushingiye ku kumwemera.

10 Icyo ngamije ni ukumenya Kristo n’ububasha bwo kuzuka kwe, no gusangira na we kubabazwa nkamera nka we mu rupfu rwe,

11 bityo nkaba niringiye kuzazurwa mu bapfuye.

Kugera ku ntego

12 Si ukuvuga ko namaze kugera kuri ibyo cyangwa ngo mbe naramaze kuba indakemwa, ahubwo ndacyahatana kugira ngo mbishyikire nk’uko nanjye Kristo Yezu yanshyikiriye.

13 Bavandimwe, sintekereza ko namaze kubishyikira. Oya, ahubwo icyo nkora ni kimwe, nibagirwa ibyahise maze nkihatira gusingira ibiri imbere.

14 Ndaharanira kugera aho dutanguranwango negukane igihembo Imana imfitiye mu ijuru, mbikesha Kristo Yezu ari na byo yampamagariye.

15 Twese rero ab’indakemwa nitubifate dutyo, kandi niba hari ibyo bamwe muri mwe bafashe ukundi Imana izabibahishurira.

16 Uko biri kose dukomereze aho tugeze twe gucogora.

17 Bavandimwe, mwese mugenze nkatwe kandi abakurikiza icyitegererezo twabahaye mube ari bo muhanga amaso.

18 Nabibabwiye kenshi n’ubu nongeye kubibabwira mbogoza amarira: abenshi babaye abanzi b’umusaraba wa Kristo.

19 Iherezo ryabo ni ukurimbuka kuko imana yabo ari inda, ibiteye isoni bakora bikaba ari byo birata, bahoza umutima ku by’isi.

20 Naho twe iwacu ni mu ijuru, aho Umukiza dutegereje azava ari we Nyagasani Yezu Kristo.

21 Azahindura iyi mibiri yacu yoroheje ayigire nk’uwe ufite ikuzo, akoresheje ububasha butuma ashobora kwigarurira ibintu byose.

—https://api-cdn.youversionapi.com/audio-bible-youversionapi/126/32k/PHP/3-db28085d9f0a6d0a89c305cde42e2c67.mp3?version_id=387—

Categories
Abanyafilipi

Abanyafilipi 4

Amabwiriza atari amwe

1 Nuko rero bavandimwe nkunda kandi nkumbuye, mwebwe kamba natsindiye kandi nishimira, nimuhagarare kigabo bakundwa, mukomere muri Nyagasani.

2 Ewodiya na Sintike, ndabinginze, nimuhurize imitima kuri Nyagasani.

3 Kandi nawe mugenzi wanjye dufatanyije umurimondagusaba gufasha abo bagore, kuko bafatanyije nanjye kurwanira Ubutumwa bwiza, bo na Kilementi n’abandi twakoranye amazina yabo akaba yanditswe mu gitabo cy’ubugingo.

4 Mugumye kwishimira muri Nyagasani. Reka mbisubiremo, nimwishime.

5 Ineza yanyu imenywe n’abantu bose. Nyagasani ari hafi kugaruka.

6 Ntimukagire ikibahagarika umutima, ahubwo igihe cyose mumenyeshe Imana ibyo mukeneye muyisaba, muyinginga kandi muyishimira.

7 Bityo amahoro y’Imana asumba kure ubwenge bw’umuntu, arindire imitima yanyu n’ibitekerezo byanyu muri Kristo Yezu.

8 Ahasigaye bavandimwe, icyitwa ingeso nziza cyose n’igikwiye gushimwa cyose, ni iby’ukuri n’ibikwiye icyubahiro, ibitunganye n’ibiboneye, ibikundwa n’ibivugwa neza abe ari byo muhoza ku mutima.

9 Ibyo nabigishije rero n’ibyo nabagejejeho, ibyo mwanyumvanye n’ibyo mwambonanye, ibyo byose mube ari byo mukora, kandi Imana itanga amahoro izabana namwe.

Pawulo ashimira Abanyafilipi imfashanyo zabo

10 Nishimiye cyane muri Nyagasani kuko noneho mwongeye kunzirikana. Erega n’ubundi mwaranzirikanaga, ariko mukabura uko mubingaragariza!

11 Ibyo simbivugishwa n’ubukene, kuko uko ndi kose nimenyereje kunyurwa n’ibyo mfite.

12 Nzi kubaho gikene nzi no kubaho gikungu. Aho ndi hose n’uko byamera kose namenyereye guhaga no gusonza, menyera kugira ibisagutse no kugira bike.

13 Mbashishwa byose na Kristo untera imbaraga.

14 Nyamara mwagize neza ubwo mwifatanyaga nanjye mu makuba nagize.

15 Banyafilipi, igihe nari mvuye muri Masedoniya ngitangira kuhatangaza Ubutumwa bwiza, muzi ko ari mwe muryango wa Kristo wonyine wagize uruhare ku byo nungukaga no ku byo nahombaga

16 Nkiri i Tesaloniki ni mwe mwanyoherereje ibyo nari nkeneye, ndetse si rimwe gusa mwabikoze.

17 Erega ntabwo ari imfashanyo zanyu nkurikiranye, ahubwo nifuza ko mwebwe murushaho kunguka.

18 Ubundi kandi ibyo mwanyoherereje narabishyikiriye ndetse birasaguka. Ibyo nari nkeneye byose ndabifite, kuva igihe Epafurodito yangezagaho ibyo mwamumpereye. Ni ituro rifite impumuro nziza, ni igitambo Imana yemera kandi yishimira.

19 Namwe Imana yanjye ntizabura kubahundazaho ibyo kubakenura byose, nk’uko umutungo wayo uhebuje uri muri Kristo Yezu ungana.

20 Nuko ikuzo ribe iry’Imana Data uko ibihe bihaye ibindi. Amina.

Intashyo

21 Mudutahirize intore z’Imana zose ziri muri Kristo Yezu. Abavandimwe bose turi kumwe barabatashya.

22 Intore z’Imana z’ino zose zirabatashya, cyane cyane izo mu rugo rw’umwami w’i Roma.

23 Nyagasani Yezu Kristo nagumye kubagirira ubuntu.

—https://api-cdn.youversionapi.com/audio-bible-youversionapi/126/32k/PHP/4-669722dccae14608b6365ca7e750d0f6.mp3?version_id=387—

Categories
Abanyakolosi

Abanyakolosi 1

Indamutso

1 Jyewe Pawulo Intumwa ya Kristo Yezu nk’uko Imana yabishatse, n’umuvandimwe Timoteyo,

2 turabaramukije mwebwe ntore z’Imana z’i Kolosi Kristo yagize abavandimwe b’indahemuka.

Imana Data nibagirire ubuntu, ibahe n’amahoro, [ifatanyije na Nyagasani Yezu Kristo].

Pawulo ashimira Imana kandi asabira ab’i Kolosi

3 Iyo tubasabira duhora dushimira Imana Se w’Umwami wacu Yezu Kristo,

4 kuko twumvise ko mwemeye Kristo Yezu mugakunda n’intore z’Imana,

5 mubitewe no kwiringira ibyo mwabikiwe mu ijuru. Ibyo mwabimenyeshejwe n’inyigisho z’ukuri z’Ubutumwa bwiza mwumvise mbere.

6 Ubwo Butumwa bwamaze kugera ku isi yose, bwera imbutoz’ibyiza mu bantu butera imbere. Uko ni ko biri muri mwe kuva aho mwumviye ubuntu Imana igira, mukabusobanukirwa by’ukuri.

7 Ibyo mwabyigishijwe na mugenzi wacu Epafura dukunda kandi dufatanyije umurimo, ni we mugaragu udahemuka wa Kristo ukora mu mwanya wanyu.

8 Ni na we watubwiye urukundo rwanyu mukomora kuri Mwuka w’Imana.

9 Ni cyo cyatumye natwe kuva aho tubyumviye, tudahwema kubasabira. Twinginga Imana ngo ibagwizemo kumenya ibyo ishaka, ibahaye ubwenge no gusobanukirwa bikomoka kuri Mwuka.

10 Bityo muzashobora kujya mugenza uko Nyagasani ashaka kugira ngo mumushimishe iteka, mwere imbuto z’imigirire myiza y’uburyo bwose kandi mukure mu kumenya Imana.

11 Turabasabira ngo muhabwe ububasha ku buryo bwose nk’uko imbaraga z’ikuzo ryayo zingana, kugira ngo mushobore kwihanganira byose mwe gucogora. Bityo mujye munezerwa

12 mushimira Imana Data, yabahesheje uruhare ku munani yageneye intore zayo zigengwa n’umucyo.

13 Ni yo yatubohoye ituvana mu butware bw’umwijima, itujyana mu bwami bw’Umwana wayo ikunda.

14 Ni we dukesha gucungurwa ari ko kubabarirwa ibyaha.

Kristo uwo ari we n’icyo yakoze

15 Kristo ni ishusho y’Imana itarebwa n’amaso. Ni na we Mwana wayo w’impfura wabimburiye ibyaremwe byose kubaho.

16 Ni we Imana yakoresheje irema ibintu byose, ari ibyo mu ijuru n’ibyo ku isi, ari ibyo amaso areba n’ibyo atareba, ari ibinyabwami cyangwa ibinyabutegetsi, cyangwa ibinyabutware cyangwa ibinyabushobozi. Byose byaremwe na we kandi ni we byaremewe.

17 Yariho mbere ya byose, ni na we uhuriza hamwe byose akabikomeza.

18 Ikindi kandi ni we mutweugenga umubiri we, ari wo Muryango w’Imana. Ni we shingiro rya byose, ni na we wabimburiye bose kuzuka kugira ngo afate umwanya w’ibanze muri byose.

19 Koko Imana yishimiye ko ibyuzuye muri yo byose biba mu Mwana wayo,

20 maze yunga ibintu byose na yo ikoresheje uwo Mwana wayo, ari ibyo ku isi ari n’ibyo mu ijuru, izana amahoro bitewe n’amaraso yamenewe ku musaraba.

21 Kera namwe mwahoze kure y’Imana muri abanzi bayo, kubera ibyo mwatekerezaga n’ibibi mwakoraga.

22 Ariko ubu Imana yiyunze namwe ikoresheje urupfu rw’Umwana wayo, watanze umubiri we ho igitambo kugira ngo ibaheshe guhagarara imbere yayo mudafite inenge, nta n’amakemwa cyangwa umugayo.

23 Icyakora mukomere ku byo twemera, mubyishingikirizeho mutajegajega, ari nta kibatesha kwiringira Ubutumwa bwiza mwumvise. Ubwo ni Ubutumwa bwatangarijwe abo ku isi yose, ari bwo jyewe Pawulo nahawe kwamamaza.

Umurimo Pawulo akorera Umuryango w’Imana

24 Ubu nishimiye ko mbabazwa ari mwe nzira, ni na byo bimpesha kuzuza mu buzima bwanjye ibibuze ku mibabaro ya Kristo, mbigirira umubiri we ari wo Muryango w’Imana.

25 Nabaye umugaragu wawo, ntumwe n’Imana kurangiza umurimo yampaye wo kubagezaho Ijambo ryayo.

26 Iryo ni ibanga ryahishwe abantu bose kuva kera kose, ariko ubu Imana yarigaragarije intore zayo.

27 Iryo banga Imana yageneye amahanga yose, yiyemeje kumenyesha intore zayo ukuntu rifite ikuzo risendereye. Iryo banga ni Kristo uri muri mwe, ubizeza kuzahabwa ku ikuzo ry’Imana.

28 Ni we twamamaza tukaburira buri muntu tukamwigisha, dukoresheje ubwenge bwose kugira ngo tubone uko tumushyikiriza Imana, ari indakemwa muri Kristo.

29 Ibyo ni byo mparanira nshishikaye, mbikesha ububasha bwa Kristo butwarira muri jye.

—https://api-cdn.youversionapi.com/audio-bible-youversionapi/126/32k/COL/1-ff8b2e2b134a5764494f280a1cc1bec6.mp3?version_id=387—

Categories
Abanyakolosi

Abanyakolosi 2

1 Ndifuza ko mumenya ukuntu mbarwanira inkundura, mwebwe n’ab’i Lawodiseya ndetse n’abandi bose batigeze banca iryera.

2 Ni ukugira ngo yaba mwe cyangwa bo, mwese mukomere mwibumbire mu rukundo, bityo mukungahazwe no gusobanukirwa mudashidikanya. Ni bwo muzamenya neza ibanga ry’Imana ari ryo Kristo.

3 Muri we ni ho habitswe ubwenge n’ubumenyi bwose.

4 Ibyo mbibabwiriye kugira ngo hatagira ubashukisha amagambo y’ubucakura.

5 N’ubwo tutari kumwe bwose mbahozaho umutima, nkishimira kubona ukuntu mukora byose ku murongo, mugakomezwa no kwizera Kristo.

Ubugingo bwuzuye bubonerwa muri Kristo

6 Nuko rero nk’uko mwakiriye Kristo Yezu akababera Nyagasani, mube ari ko mugumya gutera imbere muri we.

7 Mushore imizi muri we, ubugingo bwanyu bwubakwe kuri we, mukomeye ku byo twemera nk’uko mwabyigishijwe, byose mubikore mushimira Imana bisesuye.

8 Muramenye ntihakagire ubatwaza igitugu, abashukisha icurabwenge ry’imburamumaro rishingiye ku migenzo karande no ku binyabutware bikorera ku isi, ridashingiye kuri Kristo.

9 Erega ibyuzuye mu Mana byose biba muri Kristo wabaye umuntu!

10 Namwe muruzuye kuko mumufite, we ugenga ibinyabutware n’ibinyabushobozi byose.

11 Kubera Kristo kandi mwarakebwe bitari bimwe byo ku mubiri, ahubwo mwakebwe mu mutima ku buryo bwa Mwuka, abakuraho imigirire mibi ishingiye kuri kamere yanyu.

12 Igihe mwabatizwaga mwahambanywe na Kristo, maze muzuranwa na we kubera kwizera ububasha bw’Imana yamuzuye mu bapfuye.

13 Kera mwari mwarapfuye muzize ibyaha byanyu no kudakebwa nk’Abayahudi, maze Imana ibazurana na Kristo. Yatubabariye ibicumuro byacu byose,

14 isibanganya urwandiko rutondagura imyenda twashinjwaga n’amategeko, irukuzaho kurumanika ku musaraba wa Yezu.

15 Bityo Imana yanyaze bya binyabutware na bya binyabushobozi, ibikoza isoni ku mugaragaro, yerekana ko Kristo abitsinze burundu.

16 Nuko rero ntihagire ubashyiraho amategekoy’ibyo murya n’ibyo munywa, cyangwa y’ibyerekeye iminsi mikuru, cyangwa imboneko z’amezi cyangwa amasabato.

17 Ibyo byose ni ibimenyetso biranga ibizaza, naho icy’ukuri bishushanya ni Kristo.

18 Ibihembo mwagombaga kwegukana ntimukere kubivutswa n’abantu bishimira kwigira nk’abicisha bugufi, bagasenga abamarayika, bakirata ukuntu babonekerwa bidasanzwe. Bene abo baba bishyira imbere babitewe n’ibitekerezo bya kamere yabo bitagira ishingiro,

19 bityo bakaba batifatanyije na Kristo ari we mutweugenga umubiri. Umutwe ni wo utuma umubiri wose uhuza imikorere kandi ukagaburirwa, ukoresheje imitsi n’ingingo kugira ngo ukure uko Imana ishaka.

Gupfana na Kristo no kuzukana na we

20 Ubwo mwapfanye na Kristo ntimukiri ku ngoyi ya bya binyabutware bikorera ku isi. None se kuki mucyifata nk’aho muri ab’isi? Kuki mukomeza kugengwa n’amategeko nk’aya,

21 ngo: “Ntugafate iki! Ntugasogongere kiriya! Ntukanakore kuri kino!”

22 Erega ibyo byose igihe umaze kubikoresha biba birangiye! Ni amategeko n’inyigisho by’abantu gusa.

23 Ni ukuri bene ibyo wagira ngo bishingiye ku bwenge, kuko byemeza umuntu kwihimbira uburyo bwo gusenga no kwicisha bugufi no kubabaza umubiri. Nyamara nta mumaro bifite wo gucubya irari rya kamere y’umuntu.

—https://api-cdn.youversionapi.com/audio-bible-youversionapi/126/32k/COL/2-b22504c6a756f2bba343812d71fc5eb5.mp3?version_id=387—

Categories
Abanyakolosi

Abanyakolosi 3

Imibereho ya kera n’imishya

1 Imana yabazuranye na Kristo, none rero nimuharanire ibyo mu ijuru aho Kristo ari, yicaye iburyo bw’Imana ku ntebe ya cyami.

2 Muhoze imitima ku byo mu ijuru atari ku byo ku isi,

3 kuko mwapfanye na Kristo kandi ubugingo bwanyu bukaba bwarahishwe hamwe na we mu Mana.

4 Ubugingo bwanyu nyakuri ni Kristo, ubwo azagaragara rero namwe muzagaragara muri hamwe na we, mufite ikuzo.

5 Nuko rero nimwice imigirire yanyu ifitanye isano n’iby’isi, nk’ubusambanyi no gukora ibiteye isoni, n’irari n’ibyifuzo bibi, n’umururumba uhwanye no gusenga ibigirwamana.

6 Ibyo ni byo bitera Imana kurakarira [abatayumvira].

7 Namwe ubwanyu mwagenzaga mutyo kera mukigengwa n’ibyo bibi.

8 Ariko ubu mugomba kuzinukwa ibi byose: uburakari n’umujinya, ubugome n’ibitutsi no kuvuga ibigambo bibi.

9 Ntimukabeshyane kuko mwiyambuyekamere yanyu ya kera n’imigirire yayo,

10 mukambara kamere nshya. Iyo kamere nshya igenda ivugururirwa kugira ishusho y’Iyayiremye, kugira ngo mushobore kuyimenya byuzuye.

11 Aho rero haba hatakivugwa umunyamahanga cyangwa Umuyahudi, uwakebwe cyangwa utakebwe, Umusitin’umunyeshyamba, inkoreragahato cyangwa uwigenga, ahubwo Kristo ni byose muri bose.

12 Naho mwebwe abo Imana yitoranyirije ikabagira abantu bayo b’inkoramutima, mwambare impuhwe no kugira neza, kwicisha bugufi no kugwa neza no kwihangana.

13 Igihe umuntu agize icyo apfa na mugenzi we, mwihanganirane kandi mubabarirane. Mubabarirane nk’uko Nyagasani yabababariye.

14 Hejuru ya byose kandi mwambare urukundo ho umwitero. Ni na rwo mugozi ubafatanya bihebuje.

15 Mureke amahoro ya Kristo agenge imitima yanyu, ayo ni yo mwahamagariwe kugira ngo mube ingingo zigize umubiri umwe, kandi muhore mushimira Imana.

16 Inyigisho za Kristo zibacengere rwose zibakungahaze, mugire n’ubwenge bwo kwigishanya no kugirana inama. Muririmbire Imana zaburi n’indirimbo z’ibisingizo n’izahimbwe zikomoka kuri Mwuka, muyishima cyane bibavuye ku mutima.

17 Ibyo muvuga byose n’ibyo mukora byose, mubikore mu izina rya Nyagasani Yezu mushima Imana Se, mubinyujije kuri we.

Imibanire ikwiriye Abakristo

18 Bagore, mwubahe abagabo mwashakanye nk’uko bikwiriye abari muri Nyagasani.

19 Bagabo, mukunde abagore mwashakanye kandi ntimukabamerere nabi.

20 Bana, mujye mwumvira ababyeyi banyu ku buryo bwose, kuko ari byo Nyagasani yishimira.

21 Babyeyi, abana banyu ntimukababuze epfo na ruguru kugira ngo badacika intege.

22 Namwe nkoreragahato, mujye mwumvira ba shobuja bo ku isi ku buryo bwose, atari ugukorera ijisho ngo mubashimishe, ahubwo mubikore mubikuye ku mutima mutinya Shobuja mukuru, ari we Nyagasani.

23 Ibyo mukora byose mubikorane umutima ukunze, atari abantu mukorera, ahubwo mukorera Shobuja uwo.

24 Muzirikane ko Shobuja uwo azabagororera kubaha umunani. Koko kandi Kristo ni we Shobuja mukorera.

25 Ukora ibibi wese bizamugaruka kuko Imana ifata abantu bose kimwe.

—https://api-cdn.youversionapi.com/audio-bible-youversionapi/126/32k/COL/3-68b150bb40307f4c816e7107aad362f1.mp3?version_id=387—

Categories
Abanyakolosi

Abanyakolosi 4

1 Namwe abafite abo mukoresha mubahe ibibakwiriye n’ibibatunganiye, mwibuka ko namwe mufite Shobuja mu ijuru.

Amatwara ya Gikristo

2 Mwese mugumye gusenga mubihugukiye, mushimira Imana.

3 Natwe mudusabire kugira ngo Imana itwugururire amarembo, idushoboze kujya kuvuga ubutumwa bwayo ari bwo banga ryerekeye Kristo, ni ryo bampōye banshyira kuri iyi ngoyi.

4 Munsabire ngo mvuge ibyaryo uko bikwiye, mbishyire ku mugaragaro.

5 Murajye mwitondera uko mwifata ku batazi Kristo, mukoreshe neza igihe mufite ngo mubabwire ibye.

6 Muhorane imvugo y’ineza ifitiye abantu akamaro, bityo muzamenya uko musubiza umuntu wese ugize icyo ababaza.

Ijambo ry’umwanzuro

7 Tikiko umuvandimwe nkunda cyane azababwira ibyanjye byose. Ni umufasha wanjye w’indahemuka, dufatanyije umurimo wa Nyagasani.

8 Nguwo ndamuboherereje ngo abamenyeshe uko tumerewe, maze abakomeze.

9 Azanye na Onezimo ukomoka muri mwe, na we ni umuvandimwe nkunda cyane w’indahemuka. Bazabatekerereza iby’ino byose.

10 Arisitariko dufunganywe, na Mariko mwene se wabo wa Barinaba ngo mutahe. Mwabwiwe ibyerekeye Mariko, nagera iwanyu muzamufate neza.

11 Yezu witwa Yusito na we arabatashya. Mu Bayahudi bemeye Kristo, abo ni bo bonyine dufatanyije umurimo w’ibyerekeye ubwami bw’Imana kandi baramfashije cyane.

12 Epafura ukomoka muri mwe arabatashya, na we ni umugaragu wa Kristo Yezu. Iteka ashishikarira kubasabira kugira ngo mukomere mube indakemwa, mumenye mudashidikanya ibyo Imana ishaka byose.

13 Ndahamya rwose yuko abavunikira, mwebwe n’ab’i Lawodiseya n’ab’i Hiyerapoli.

14 Umuganga Luka dukunda cyane, hamwe na Dema barabatashya.

15 Mundamukirize abavandimweb’i Lawodiseya na Nimfa, n’itorero rya Kristo rikoranira iwe.

16 Nimumara gusoma uru rwandiko, muzarwoherereze ab’itorero rya Kristo ry’i Lawodiseya, kugira ngo na bo barusome, namwe muzasome urwo nandikiye ab’i Lawodiseyanirubageraho.

17 Muzabwire Arikipo muti: “Itondere wa murimo wahawe gukorera Nyagasani, uzawurangize neza.”

18 Jyewe Pawulo ndabatashya. Ibi ni jye ubyiyandikiye n’ukwanjye kuboko. Mujye mwibuka ingoyi ndiho. Nyagasani nagumye kubagirira ubuntu.

—https://api-cdn.youversionapi.com/audio-bible-youversionapi/126/32k/COL/4-5252351c729853aac8d0f17b13cd7d2b.mp3?version_id=387—

Categories
1 Abanyatesaloniki

1 Abanyatesaloniki 1

Indamutso

1 Jyewe Pawulo hamwe na Silasi na Timoteyo, turabandikiye mwebwe abari mu Mana Data no muri Nyagasani Yezu Kristo, mugize itorero rya Kristo ry’i Tesaloniki.

Imana nibagirire ubuntu ibahe n’amahoro.

Ubuzima no kwizera by’Abanyatesaloniki

2 Uko dusenze turabazirikana, ntiduhwema kubashimira Imana mwese,

3 twibuka iteka imbere y’Imana Data ibikorwa byiza muterwa no kwemera Kristo, n’imvune muterwa n’urukundo no kwihangana kwanyu gukomoka ku kwiringira Umwami wacu Yezu Kristo.

4 Bavandimwe mukundwa n’Imana, tuzi neza ko ari yo yabatoranyije.

5 Koko rero twabagejejeho Ubutumwa bwiza atari amagambo gusa, ahubwo twabubagejejeho bufite ububasha buherekejwe na Mwuka Muziranenge, tubwemeza bidasubirwaho. Muzi ko imyifatire yacu muri mwe yari igendereye kubazanira ibyiza.

6 Namwe mwakurikije urugero rwacu n’urwa Nyagasani. Nubwo mwari mu makuba menshi, Ijambo ry’Imana mwaryakiranye ibyishimo bituruka kuri Mwuka Muziranenge.

7 Bityo mwabereye urugero abemera Kristo bose bo mu ntara ya Masedoniya n’iya Akaya.

8 Koko rero Ijambo rya Nyagasani ryavuye muri mwe ntiryasakaye muri Masedoniya no muri Akaya gusa, ahubwo inkuru ivuga iby’ukwizera Imana kwanyu yamamaye ahantu hose, ku buryo nta cyo twakwirirwa tubivugaho.

9 Abantu bose usanga bavuga ukuntu mwatwakiriye, n’ukuntu mwahindukiriye Imana mukareka ibigirwamana, kugira ngo mukorere Imana nzima kandi y’ukuri,

10 igihe mugitegereje Umwana wayo Yezu yazuye mu bapfuye. Ni we uzava mu ijuru aje kudukiza uburakari bw’Imana bwegereje.

—https://api-cdn.youversionapi.com/audio-bible-youversionapi/126/32k/1TH/1-29ceb9bec3e5d3ebb0fcf3697c3020b2.mp3?version_id=387—

Categories
1 Abanyatesaloniki

1 Abanyatesaloniki 2

Umurimo wa Pawulo i Tesaloniki

1 Bavandimwe, muzi neza ko tutaje iwanyu tuzanywe n’ubusa.

2 Twari tuvuye i Filipi, aho bari baratugiriye nabi bakadutuka nk’uko mubizi. Ariko nubwo baturwanyije cyane, Imana yaduhaye kubagezaho Ubutumwa bwayo bwiza dushize amanga.

3 Koko imyigishirize yacu ntishingiye ku buyobe, cyangwa ku mpamvu mbi cyangwa ku mayeri.

4 Ahubwo tuvuga uko Imana ibishaka kuko yatugerageje, ikabona kudushinga Ubutumwa bwiza. Ntiduharanira gushimisha abantu, ahubwo duharanira gushimisha Imana yo igenzura ibiri mu mitima yacu.

5 Nk’uko mubizi ntabwo twigeze tubabwira amagambo yo kubacacura, nta n’ubwo twigeze tugira igitekerezo cyo kubashakaho inyungu. Imana ni yo dutanze ho umugabo.

6 Nta na rimwe kandi twigeze dushaka kwihesha ikuzo ku bantu, haba kuri mwe cyangwa ku bandi.

7 Nyamara kandi twashoboraga kwitwaza ko turi Intumwa za Kristo tukabategeka kudukorera. Ibiri amambu, ubwo twazaga iwanyu twariyoroheje, tumera nk’uko umubyeyi ashyashyanira abana be.

8 Kubera ubwuzu twari tubafitiye, uretse no kubagezaho Ubutumwa bwiza bw’Imana, twari no guhara amagara yacu ari mwebwe tubigiriye. Rwose mwari mwatubereye incuti magara.

9 Bavandimwe, muribuka imvune n’umunaniro twagize. Igihe twabatangarizaga Ubutumwa bwiza bw’Imana twakoraga ijoro n’amanywa, kugira ngo hato hatagira n’umwe muri mwe tubera umutwaro.

10 Imana ubwayo namwe abemera Kristo, ni mwe dutanze ho abagabo b’imyifatire yacu myiza muri mwe, nta makemwa, nta buhemu nta n’umugayo.

11 Murabizi twitaga kuri buri wese muri mwe, nk’uko se w’abana abitaho.

12 Twarabakomeje, turabahumuriza kandi turabihanangiriza, ngo mujye mugenza uko bikwiriye abo Imana ihamagara ngo babe mu bwami bwayo bufite ikuzo.

13 Dore indi mpamvu ituma natwe tudahwema gushimira Imana: igihe twabamenyeshaga Ijambo ryayo ntabwo mwaryakiriye nk’ijambo ry’abantu, ahubwo mwemeye ko ari Ijambo ry’Imana kandi ni ryo koko, ni na ryo rigira imbaraga muri mwebwe abemera Kristo.

14 Bavandimwe, mwakurikije urugero rw’abo mu matorero y’Imana yo muri Yudeya bari muri Kristo Yezu, uko bagiriwe nabi n’Abayahudi ni ko namwe mwagiriwe nabi na bene wanyu.

15 Abayahudi ni bo bishe Nyagasani Yezu n’abahanuzi, natwe baradutoteza. Ntabwo bashimisha Imana, ni abanzi b’abantu bose.

16 Batubuza kwigisha abatari Abayahudi ngo na bo bakizwe, bityo bakagwiza umubare w’ibyaha bakomeje gukora kuva kera kose. Amaherezo ariko uburakari bw’Imana bwabagezeho.

Pawulo yifuza kongera gusura Abakristo b’i Tesaloniki

17 Naho twebwe bavandimwe, twamaze igihe gito dutandukanye namwe ariko tukabahozaho umutima. Ni cyo cyatumye dukora uko dushoboye kose kugira ngo tubonane imbonankubone, kuko twari tubakumbuye cyane.

18 Ni na yo mpamvu twifuje kuza iwanyu. Ndetse jyewe Pawulo ni kenshi nagize uwo mugambi, ariko Satani aratuzitira.

19 Mwebwe muri mu badutera kwiringira no kwishima, muri n’ikamba ryo gutsinda tuziratana imbere y’Umwami wacu Yezu, ubwo azaba aje.

20 Koko rero ni mwebwe muduhesha ishema n’umunezero.

—https://api-cdn.youversionapi.com/audio-bible-youversionapi/126/32k/1TH/2-07008f1782cbd63a83928f81efa56c31.mp3?version_id=387—