Categories
Abanyagalati

Abanyagalati 3

Amategeko si yo azana agakiza

1 Yemwe mwa Banyagalati b’abapfu mwe, ni nde wabaroze? Abantu mwamenyeshejwe neza ukuntu Kristo yabambwe ku musaraba, mukaba nk’ababyiboneye!

2 Ndifuza ko munsubiza iki kibazo cyonyine: mbese mwahawe Mwuka w’Imana kubera ko mwakoze ibyategetswe n’Amategeko, cyangwa ni uko mwumvise Ubutumwa bwiza mukabwemera?

3 Bishoboka bite ko muba abapfu bigeze aho? Ibyo mwatangiye mubishobojwe na Mwuka w’Imana, none murashaka kubyirangiriza n’imbaraga zanyu?

4 Noneho ga bya bindi byose mwanyuzemo byabaye impfabusa? Ese birashoboka?

5 Mbese Imana ibaha Mwuka wayo igakora ibitangaza muri mwe, ibiterwa n’uko mukora ibyategetswe n’Amategeko? Cyangwa ni uko mwumvise Ubutumwa bwayo mukabwemera?

6 Ibyanditswe bivuga ko “Aburahamu yizeye Imana bituma abarwa nk’intungane.”

7 Bityo rero mumenye ko abizera Imana ari bo rubyaro nyakuri rwa Aburahamu.

8 Ibyanditswe byateganyije kandi ko n’abatari Abayahudi Imana izabagira intungane, ibitewe n’uko bayizeye. Ni cyo gituma Aburahamu yarabwiwe iyo nkuru nziza mbere y’igihe, ngo “Amahanga yose azaguherwamo umugisha.”

9 Nuko rero abizera Imana bose baherwa umugisha hamwe na Aburahamu wayizeraga.

10 Nyamara abishingikiriza ku kumvira Amategeko baba biteje umuvumo, kuko Ibyanditswe bivuga ngo: “Havumwe umuntu wese udahora akurukiza ibyanditswe byose mu gitabo cy’Amategeko.”

11 Biragaragara rwose ko nta muntu watunganira Imana abitewe no kumvira Amategeko, kuko Ibyanditswe bivuga ngo: “Utunganiye Imana abitewe no kuyizera azabaho.”

12 Naho Amategeko yo ntaho ahuriye no kwizera Imana. Ahubwo nk’uko Ibyanditswe bivuga, umuntu ukurikiza Amategeko azabeshwaho na yo.

13 Kristo yadukijije umuvumo uterwa n’Amategeko igihe yahindukaga ikivume ku bwacu, nk’uko Ibyanditswe bivuga ngo: “Umuntu wese umanitswe ku giti aba yaravumwe.”

14 Ibyo kwari ukugira ngo abatari Abayahudi baherwe muri Kristo umugisha Imana yasezeranyije Aburahamu, no kugira ngo duhabwe Mwuka Imana yadusezeranyije tubikesha kwizera Kristo.

Amategeko n’amasezerano

15 Bavandimwe, reka mfate urugero rusanzwe mu mibereho y’abantu: iyo umuntu agiranye n’undi isezerano rihamye, ntawe ushobora kurikura cyangwa ngo agire icyo aryongeraho.

16 Ngibyo rero. Aburahamu ni we Imana yahaye amasezerano we n’urubyaro rwe. Ibyanditswe ntibivuga “abazamukomokaho”, nk’aho ari abantu benshi bavugwa. Ahubwo bivuga “urubyaro rwe”, kugira ngo bisobanuke ko bigenewe umuntu umwe rukumbi ari we Kristo.

17 Icyo nshaka kuvuga ni iki: Imana yagiranye Isezerano na Aburahamu irarikomeza, maze Amategeko ashingwa nyuma y’imyaka magana ane na mirongo itatu. Ntibishoboka rero ko ayo Mategeko asesa rya Sezerano ngo ribe impfabusa.

18 Niba rero ari ukumvira Amategeko bihesha abantu umunani w’Imana, bityo baba batakiwuheshwa na rya sezerano. Nyamara Aburahamu we Imana yamugiriye ubuntu ishingiye ku Isezerano ryayo.

19 None se kuki Amategeko yatanzwe? Yongeweho nyuma kugira ngo ibicumuro by’abantu bigaragare, kugeza igihe wa wundi ukomoka kuri Aburahamu aziye, ari we wagenewe Isezerano ry’Imana. Amategeko yatanzwe anyujijwe ku bamarayika, maze agezwa ku bantu acishijwe ku muntu w’umuhuza.

20 Icyakora nta muhuza wakenerwa iyo atari uguhuza abantu babiri, naho Imana yo ni imwe rukumbi.

Intego y’Amategeko

21 Noneho se Amategeko acisha ukubiri n’amasezerano y’Imana? Ntibikabeho! Koko iyo haza kubaho Amategeko ahesha umuntu ubugingo, bityo yajyaga kuyumvira akaba intungane.

22 Ariko Ibyanditswe bivuga ko ibiriho byose bizitiwe n’ibyaha, kugira ngo abemeye Yezu Kristo bahabwe ibyasezeranyijwe babikesha kumwizera.

23 Mbere y’uko igihe cyo kwemera Kristo kigera, twari tuzitiwe kandi turinzwe n’Amategeko, kugeza igihe Imana ihishuriye agakiza duheshwa no kwemera Kristo.

24 Bityo Amategeko yashyiriweho kuturera kugeza igihe Kristo aziye, kugira ngo dutunganire Imana tubikesha kumwemera.

25 Ariko ubu igihe cyo kwemera Kristo kirasohoye, nta bwo rero tukirerwa n’Amategeko.

26 Koko mwese muri abana b’Imana mubiheshejwe no kwemera Kristo,

27 kuko mwese mwabatirijwe kuba muri Kristo, ku buryo Kristo ababera nk’umwambaro.

28 Nuko rero nta tandukaniro riba riri hagati y’Umuyahudi n’utari Umuyahudi, hagati y’inkoreragahato n’uwishyira akizana, no hagati y’umugabo n’umugore, kuko muri Kristo Yezu mwese muri umwe.

29 Ubwo rero muri aba Kristo, muri urubyaro rwa Aburahamu. Bityo mukaba abo Imana yasezeranyije umunani.

—https://api-cdn.youversionapi.com/audio-bible-youversionapi/126/32k/GAL/3-a0995dfe57b3793341581e8dbdfac91a.mp3?version_id=387—

Categories
Abanyagalati

Abanyagalati 4

1 Icyo nshaka kuvuga ni uko ugenewe guhabwa umunani mu bya se, igihe akiri umwana nta cyo aba arusha umugaragu w’inkoreragahato, nubwo ari we uzaba umutware wa byose.

2 Ahubwo agumya kugengwa n’abamurera n’abashinzwe ibintu bye, kugeza igihe se yategetse.

3 Natwe igihe twari nk’abana, burya twakoreshwaga agahato n’ibinyabutware bigenga iyi si.

4 Ariko igihe cyagenwe kigeze Imana yohereje Umwana wayo, abyarwa n’umugore kandi avuka agengwa n’Amategeko,

5 kugira ngo acungure abari bakigengwa n’Amategeko, bityo tugirwe abana b’Imana.

6 Koko muri abana bayo ndetse Imana yashyize mu mitima yacu Mwuka w’Umwana wayo, utuma tuyitakambira tuti: “Aba!” ni ukuvuga ngo: “Data!”

7 Bityo wowe ntukiri inkoreragahato ahubwo uri umwana w’Imana, kandi ubwo uri umwana wayo iguteganyirije umunani yageneye abana bayo.

Impungenge za Pawulo kubera Abanyagalati

8 Kera mutaramenya Imana, mwari inkoreragahato z’ibyitwa “imana”bitari Imana nyakuri.

9 None ubwo mumaze kumenya Imana ndetse ikirutaho na yo ikaba ibazi, bishoboka bite ko mwashaka gusubira mu buja bwa bya binyabutware by’ibitindi bitagira icyo bishoboye?

10 Musigaye muziririza iminsi runaka kimwe n’amezi n’ibihe n’imyaka!

11 Mfite impungenge ku bwanyu ko ahari ibyo nabakoreye byose naba naravunikiye ubusa.

12 Bavandimwe, ndabinginze ngo mumere nkanjye nk’uko nanjye nigize nkamwe. Burya nta kibi mwigeze munkorera.

13 Muzi ko icyatumye bwa mbere mbona uburyo bwo kubagezaho Ubutumwa bwiza ari uko nari ndwaye.

14 Iyo ndwara yanjye yababereye ikigeragezo, ariko ntimwigeze munsuzugura cyangwa ngo mbatere ishozi. Ahubwo mwanyakiriye nk’aho ndi umumarayika utumwe n’Imana, ndetse mwanyakiriye nk’aho ndi Yezu Kristo ubwe.

15 None se bwa bwuzu mwari mufite bwagiye he? Koko ndahamya ko iyo biba ibishoboka, muba mwarinogoyemo amaso mukayanyihera.

16 Mbese ubu mpindutse umwanzi wanyu kuko mbabwiza ukuri?

17 Ba bantu babafitiye ishyaka ariko si ishyaka ryiza, icyo bashaka ni ukudutandukanya kugira ngo abe ari bo mugirira ishyaka.

18 Si bibi kugira ishyaka iyo ari ishyaka ryo gukora ibyiza, mukarigira igihe cyose atari igihe ndi muri mwe gusa.

19 Bana banjye, nk’uko umubyeyi uri ku nda ababazwa n’ibise, ni ko nanjye ibyanyu bimbabaza kugeza igihe Kristo agaragariye muri mwe.

20 Iyaba nari nshoboye kuba hamwe namwe ubu, ngo nongere mbibabwire ku bundi buryo. Ibyanyu bimpagaritse umutima!

Ikigereranyo kuri Hagari na Sara

21 Yemwe abashaka kugengwa n’Amategeko, cyo nimumbwire. Mbese ntimwumva icyo Amategeko avuga?

22 Ibyanditswe bivuga ko Aburahamu yari afite abahungu babiri, umwe yavutse ku muja we Hagari, undi ku mugore we Sara utigeze mu buja.

23 Uw’umugore w’umuja yavutse ku buryo busanzwe, naho uw’umugore utigeze mu buja we yavutse bishingiye ku Isezeranory’Imana.

24 Ibyo ni ikigereranyo. Abo bagore bombi bagereranywa n’Amasezerano abiri Imana yagiranye n’abantu bayo. Rimwe muri yo ryatangiwe ku musozi wa Sinayi ribyara abana b’ubuja, ni ryo rigereranywa na Hagari.

25 Hagari we ashushanya wa musozi wa Sinayi wo muri Arabiya, kandi akaba agereranywa na Yeruzalemu isanzweiri mu buja, yo n’abayituye bose.

26 Naho aba Yeruzalemu yo mu ijuru barishyira bakizana, kandi ni yo mama utubyara.

27 Ni na ko Ibyanditswe bivuga biti:

“Ishime mugore w’ingumba,

wowe utigeze ubyara!

Vuga cyane urangurure ijwi,

wowe utigeze kuribwa n’ibise!

Kuko umugore w’intabwa azagira abana benshi,

azagira abana kurusha uw’inkundwakazi.”

28 Bavandimwe, nk’uko Izaki yavutse ni ko namwe mwavutse bishingiye ku Isezerano ry’Imana.

29 Nk’uko byabaye icyo gihe, umwana wavutse ku buryo busanzwe agatoteza uwabyawe ku bwa Mwuka, na n’ubu ni ko biri.

30 Ariko se Ibyanditswe bibivugaho iki? Biravuga biti: “Irukana uriya muja n’umuhungu we! Umuhungu w’umuja ntagomba kugabana umunani n’uw’umugore utigeze aba umuja.”

31 Nuko rero bavandimwe, twe ntituri abana b’umuja, ahubwo turi ab’umugore utigeze mu buja.

—https://api-cdn.youversionapi.com/audio-bible-youversionapi/126/32k/GAL/4-ce5ff901eef4af85f5594edfbc47b181.mp3?version_id=387—

Categories
Abanyagalati

Abanyagalati 5

Kuva mu buja kw’Abakristo

1 Ni na ko Kristo yadukuye mu buja kugira ngo twishyire twizane. Nuko rero muhagarare kigabo, mwirinde mudasubira mu buja.

2 Nimunyumve. Jyewe Pawulo ndabivuga nkomeje, nimwiyemeza gukebwa Kristo nta cyo azaba abamariye.

3 Na none kandi ndabamenyesha ko umuntu wese wiyemeza gukebwa, aba aniyemeje kumvira Amategeko yose iyo ava akagera.

4 Mwebwe rero abashaka kugirwa intungane imbere y’Imana mwitwaje kumvira Amategeko, muba mwitandukanyije na Kristo bityo mukaba mwivukije ubuntu bw’Imana.

5 Kugirwa intungane imbere y’Imana bidutera gutegereza ibyo twiringiye kuzabona, tubikesha kwizera Kristo tubishobojwe na Mwuka.

6 Iyo umuntu ari muri Kristo Yezu, ari ugukebwa ari ukudakebwa byose nta cyo bimaze. Igifite akamaro ni ukwizera kugaragazwa n’ibikorwa by’urukundo.

7 Ko mwateraga imbere neza, none se ni nde wababangamiye akabatesha gukurikiza ukuri?

8 Iyo rukuruzi ntituruka ku Mana ibahamagara.

9 N’ubundi bavuga ko “agasemburogake gatubura ifu yose”.

10 Jyewe niringiye Nyagasani ku bwanyu, anyemeza ko mutazafata undi mugambi. Nyamara ubatera imidugararo, uwo ari we wese Imana izamuhana.

11 Naho jyewe rero bavandimwe, bibaye ari ukuri ko ncyamamaza ibyerekeye umuhango wo gukebwa, naba se kandi ngitoterezwa iki? Ari uko bimeze umusaraba wa Kristo namamaza nta we waba ukibangamiye.

12 Iyaba abo babatera imidugararo bari bishahuye bikarangira!

13 Naho mwe bavandimwe, Imana yabahamagariye kwishyira mukizana. Nyamara uko kwishyira mukizana ntimukwiye kubigira urwitwazo rwo gukora ibyo kamere yanyu irarikiye. Ahubwo buri wese akorere mugenzi we abitewe n’urukundo.

14 Koko rero Amategeko yose abumbiye muri iri rimwe ngo: “Ujye ukunda mugenzi wawe nk’uko wikunda.”

15 Ariko nimuryana mugacagagurana, mwirinde naho ubundi mwamarana!

Mwuka na kamere ni ibihabane

16 Reka mbabwire: nimureke Mwuka w’Imana abayobore, bityo ntimuzaba mugikora ibyo kamere yanyu irarikira.

17 Kamere y’umuntu yifuza ibyo Mwuka yanga, Mwuka na we akifuza ibyo kamere yanga. Ni ibintu bibiri bihabanye ku buryo mutakora ibyo mwishakiye.

18 Naho niba muyoborwa na Mwuka, ntabwo muba mukigengwa n’Amategeko.

19 Dore ibibi kamere y’umuntu imukoresha: gusambana, kwiyandarika n’ubwomanzi

20 gusenga ibigirwamana no kuroga, kwangana, amakimbirane, gufuha, kurakara no gutera amahane kwitandukanya n’abandi no kwicamo ibice,

21 ishyari, ubusinzi, umurengwe n’ibindi bisa bityo. Nk’uko nigeze kubibabwira na none ndabamenyesha hakiri kare ko abakora bene ibyo, nta munani bazahabwa mu bwami bw’Imana.

22 Nyamara imbutoziva kuri Mwuka ni izi: urukundo, ibyishimo, amahoro, kwihangana, kugira neza, imico myiza, kudahemuka,

23 kugwa neza no kumenya kwifata. Bene ibyo nta mategeko abibuza.

24 Aba Kristo Yezu babambye kamere yabo ku musaraba, hamwe n’ingeso mbi zayo n’irari ryayo.

25 Niba ari Mwuka uduha ubugingo nitureke atuyobore.

26 Ntitukabe abirasi ahubwo twirinde kurakaranya no kugirirana ishyari.

—https://api-cdn.youversionapi.com/audio-bible-youversionapi/126/32k/GAL/5-1fe73f5c8f1b0383585a8b8841485bdc.mp3?version_id=387—

Categories
Abanyagalati

Abanyagalati 6

Kwakirana imitwaro

1 Bavandimwe, niba umuntu afashwe acumura, mwebwe abayoborwa na Mwuka mumugarure ku murongo, ariko mubikorane ubugwaneza. Erega nawe ubwawe wirinde uwo uri we wese, kuko nawe washobora kugwa mu bishuko.

2 Mwakirane ibibaremereye, bityo muzaba mwumviye itegeko rya Kristo byuzuye.

3 Umuntu wibwira ko akomeye kandi nta cyo ari cyo aba yibeshya.

4 Ahubwo umuntu wese niyigenzure ubwe mu byo akora. Niba hari icyo afite kwirata, agikore ku giti cye atigereranya ku bandi,

5 kuko buri wese azibarizwa ibyo azaba yarakoze.

6 Uwigishwa Ijambo ry’Imana ajye asangira ibyo atunze byose n’urimwigisha.

7 Ntimukibeshye, Imana ntikinishwa. Imbuto umuntu abiba ni zo azasarura.

8 Ubiba imbuto z’ibishimisha kamere ye, azasarura urupfu. Naho ubiba imbuto z’ibishimisha Mwuka w’Imana, azasarura ubugingo buhoraho.

9 Ntitukarambirwe gukora ibyiza, kuko nitudacogora tuzasarura igihe kigeze.

10 Nuko rero igihe cyose tubonye uburyo tujye tugirira neza abantu bose, ariko cyane cyane abo dusangira kwemera Kristo.

Amabwiriza aheruka n’indamutso

11 Dore izi nyuguti nini ni jye ubwanjye uziyandikiye n’ukwanjye kuboko!

12 Abashaka gushimwa n’abantu ku mpamvu z’imigenzo igaragara ni bo babahatira gukebwa. Intego yabo ni imwe nsa: ni ukugira ngo badatotezwa bazira umusaraba wa Kristo.

13 Nyamara kandi abo bantu nubwo bakebwa, ubwabo ntibumvira Amategeko. Barashaka gusa ko mukebwa kugira ngo babone uko birata uwo muhango ukorewe imibiri yanyu.

14 Naho jye nta kindi ngomba kwiratana kitari umusaraba w’Umwami wacu Yezu Kristo. Uwo musaraba ni wo utuma isi imbera nk’iwubambweho, nanjye nkabera isi nk’uwubambweho.

15 Ku bwanjye gukebwa cyangwa kudakebwa nta cyo bimaze, igifite akamaro ni uko umuntu yaremwa ukundi gushya.

16 Abagenza batyo bakurikiza uwo mugambi, ndetse ab’umuryango wose w’Imana, Imana nibahe amahoro n’imbabazi.

17 Ahasigaye ntihakagire uwongera kundushya, kuko inkovu mfite ku mubiriziranga ko ndi uwa Yezu.

18 Bavandimwe, Umwami wacu Yezu Kristo nagumye kubagirira ubuntu. Amina.

—https://api-cdn.youversionapi.com/audio-bible-youversionapi/126/32k/GAL/6-15814bf1ab7619127ca08041e2474c74.mp3?version_id=387—

Categories
Abanyefezi

Abanyefezi 1

Indamutso

1 Jyewe Pawulo Intumwa ya Kristo Yezu nk’uko Imana yabishatse, ndabandikiye mwebwe intore z’Imana [zo mu mu mujyi wa Efezi] z’indahemuka muri Kristo Yezu.

2 Imana Data nibagirire ubuntu, ibahe n’amahoro ifatanyije na Nyagasani Yezu Kristo.

Imigisha Imana iduhera muri Kristo

3 Nihasingizwe Imana Se w’Umwami wacu Yezu Kristo. Muri Kristo yadusenderejeho imigisha yose ya Mwuka, iyiduhereye “ahantu ho mu ijuru”.

4 Isi itararemwa Imana yadutoranyirije muri Kristo, kugira ngo tube intore zayo tudafite umugayo imbere yayo. Kubera urukundo rwayo,

5 Imana yari yariyemeje kutugira abana bayo tubiheshejwe na Yezu Kristo, nk’uko yabishatse ikabyishimira.

6 Tuyishime rero kubera ikuzo ry’ubuntu bwayo yatugabiye mu Mwana wayo ikunda!

7 Muri we twacungujwe amaraso yamennye ku bwacu, bityo Imana itubabarira ibicumuro ikurikije ubuntu bwayo butagira urugero.

8 Ubwo buntu yabudusesuyeho buduhesha ubwenge n’ubumenyi bwuzuye.

9 Yatumenyesheje ibanga ry’ubushake bwayo, ikurikije ibyiza yari yarateganyije muri Kristo,

10 kugira ngo igeze byose ku gihe yagennye, isohoze umugambi wayo wo kwegurira Kristo ibintu byose abibere Umutware, ari ibiri mu ijuru cyangwa ibiri ku isi.

11 Muri we Imana yaradutoranyije ngo tube umwihariko wayo, ikurikije imigambi yayo yo gukora byose uko ishaka.

12 Kwari ukugira ngo twebwe ababanje kwiringira Kristo dushimishe Imana, tuyiheshe n’ikuzo.

13 Muri we kandi mwebwe mwumvise Ijambo ry’ukuri, ari ryo Butumwa bwiza bubazanira agakiza. Muri we na none mumaze kubwemera, Imana yabashyizeho ikimenyetso kigaragaza ko muri abayo bwite, ni cyo Mwuka Muziranenge yabasezeranyije.

14 Ni na we musogongero w’umunani tuzahabwa, ubwo Imana izacungura burundu abo yagize abayo, kugira ngo biyiheshe ishimwe n’ikuzo.

Isengesho rya Pawulo

15 Ni cyo gituma nanjye, aho mariye kumva ukuntu mwizera Nyagasani Yezu n’urukundo mukunda intore z’Imana zose,

16 ntahwema gushimira Imana kubera mwebwe.

17 Uko nsenze ndabibuka nkabasabira ngo Imana y’Umwami wacu Yezu Kristo, ari yo Data nyir’ikuzo, ibahe Mwuka utanga ubwenge kugira ngo ayibahishurire muyimenye neza.

18 Abahumure imitima musobanukirwe ibyo kwiringirwa Imana yabahamagariye, kandi mumenye ukuntu umunani yateganyirije intore zayo ufite ikuzo ritagira urugero,

19 mumenye kandi ububasha bwayo bukomeye butagereranywa ikoresha muri twe abayizera. Ubwo ni bwo bushobozi budukoreramo, ari na bwo mbaraga zayo

20 yakoresheje muri Kristo, ubwo yamuzuraga mu bapfuye ikamushyira iburyo bwayo ku ntebe ya cyami, “ahantu ho mu ijuru”.

21 Yahaye Kristo gusumba bihanitse ibinyabutware byose n’ibinyabushobozi n’ibinyabubasha n’ibinyabutegetsi, ndetse n’izina ryose rishobora kuvugwa atari muri iki gihe gusa, ahubwo no mu bihe bizaza.

22 Imana yeguriye Kristo ibintu byose ibishyira munsi y’ibirenge bye,imuha kugenga Umuryango wayo ku buryo bwose ngo awubere umutwe,

23 na wo umubere umubiri. Ni wo rero cyuzuzo cya Kristo, nk’uko muri we ibintu byose na byo biba byuzuye ku buryo bwose.

—https://api-cdn.youversionapi.com/audio-bible-youversionapi/126/32k/EPH/1-255ce17dd9faa685dc6e2d58280bbfde.mp3?version_id=387—

Categories
Abanyefezi

Abanyefezi 2

Kuva mu rupfu ujya mu bugingo

1 Namwe mwari mwarapfuye muzize ibicumuro n’ibyaha byanyu.

2 Ni byo mwabagamo, mukurikije imigenzereze y’iyi si, mukurikije n’Umugenga w’ibinyabutware byo mu kirere, ari we mwuka ukorera mu bantu batumvira Imana.

3 Natwe twese twabarirwaga muri abo, igihe twari tugikurikiza ibyo kamere yacu irarikira, tugakora iby’umubiri n’ibitekerezo byacu byifuza. Ku byerekeye kamere yacu, twari abo kurakaza Imana kimwe n’abandi bose.

4 Nyamara Imana yuje imbabazi, kubera urukundo rwinshi yadukunze,

5 yadusanze twarapfuye tuzize ibicumuro byacu, maze iduha ubugingo hamwe na Kristo – erega mwakijijwe n’ubuntu bwayo!

6 Yatuzuranye na Kristo idushyira hamwe na we ku ntebe ya cyami “ahantu ho mu ijuru”, turi muri Kristo Yezu.

7 Kwari ukugira ngo mu bihe bizaza yerekane ubutunzi buhebuje bw’ubuntu bwayo, ikoresheje ineza itugirira muri Kristo Yezu.

8 Koko mwakijijwe n’ubuntu kuko mwizeye Kristo, ntibyakomotse muri mwe ahubwo ni impano y’Imana.

9 Ntibyakomotse kandi ku bikorwa byanyu, kugira ngo hatagira umuntu ubyiratana.

10 Imana ni yo yaduhanze ituremera muri Kristo Yezu, kugira ngo dukore ibyiza yaduteganyirije kera ngo tujye tugenza dutyo.

Kuba umwe muri Kristo

11 Mwebwe abanyamahanga, abo Abayahudi bita “abatakebwe”, bo bakirata kwa gukebwa kwabo ko ku mubiri, mwibuke rero

12 uko kera mwari mumeze. Mwariho mudafite Kristo nta sano mufitanye n’Abisiraheli, nta ruhare mufite ku byasezeranywe bishingiye ku Isezerano Imana yagiranye n’ubwoko bwayo. Mwari ku isi nta Mana mufite, nta cyo mwiringiye na busa.

13 Mwari kure yayo, ariko ubu muri Kristo Yezu mwigijwe hafi n’amaraso yamennye kubera mwe.

14 Kristo ni we mahoro yacu, abari babiri yatugize umwe, atanga umubiri we ngo akureho urwangano, ari rwo rusika rwadutandukanyaga.

15 Yavanyeho Amategeko hamwe n’amabwiriza n’imigereka yayo, kugira ngo muri we Umuyahudi n’utari Umuyahudi, bombi abagire umuntu umwe mushya. Uko ni ko yazanye amahoro.

16 Ku bw’urupfu rwe rwo ku musaraba, abo bombi yabunze n’Imana abagira umubiri umwe, bityo atsemba urwangano rwari hagati yabo.

17 Yaraje atangaza inkuru nziza y’amahoro, ayibwira mwebwe mwari kure y’Imana n’Abayahudi bari bugufi bwayo.

18 Ubu twese ni we utuma twegera Imana Data tubikesha Mwuka umwe.

19 Bityo rero ntimukiri abanyamahanga n’abimukira, ahubwo musangiye ubwenegihugu n’intore z’Imana, mukaba muri inzu yayo.

20 Mwubatswe nk’amabuye ku rufatiro rugizwen’Intumwa za Kristo n’abahanuzi, Kristo Yezu akababera ibuye nsanganyarukuta.

21 Muri we ibuye ryose rifungana n’irindi inzu ikajya ejuru, ikaba Ingoro yeguriwe Nyagasani.

22 Bityo muri we namwe mwubakwa hamwe, kugira ngo mube inzu Imana ituramo ku buryo bwa Mwuka.

—https://api-cdn.youversionapi.com/audio-bible-youversionapi/126/32k/EPH/2-b2db8296cca556dc02715242cf7a2e56.mp3?version_id=387—

Categories
Abanyefezi

Abanyefezi 3

Umurimo wa Pawulo mu batari Abayahudi

1 Ni cyo gituma jyewe Pawulo ndi imbohe mpōrwa Kristo Yezu, kubera mwebwe abatari Abayahudi.

2 Mwaba mwarumvise umurimo Imana yanshinze kubakorera, ibitewe n’ubuntu bwayo.

3 Yampishuriye ibanga ryayo irimenyesha neza. Namaze kubyandika mu magambo make,

4 muyasomye mubasha kwiyumvira ukuntu nasobanukiwe iryo banga rya Kristo.

5 Ni ibanga ritigeze rimenyeshwa abantu ba kera, ariko ubu Imana yarihishuriye intore zayo z’Intumwa n’abahanuzi, ikoresheje Mwuka wayo.

6 Iryo banga ni uko kubera Ubutumwa bwiza, abanyamahanga kimwe n’Abisiraheli bafite uruhare ku munani w’Imana, bakaba ingingo z’umubiri umwe kandi bagasangira ibyo yasezeranye muri Kristo Yezu.

7 Kubera ubuntu yangiriye n’impano yangabiye, nashinzwe umurimo wo kwamamaza ubwo Butumwa mbikesha ububasha bwayo butwarira muri jye.

8 Jyewe urutwa n’uworoheje cyane mu ntore z’Imana, yangiriye ubwo buntu bwo gutangariza abatari Abayahudi iyo nkuru nziza, yerekeye ubukungu buboneka muri Kristo burenze ubwenge bw’umuntu,

9 no gusobanurira abantu bose uko umugambi w’Imana ugomba gusohozwa. Uwo mugambi ni ibanga Imana Umuremyi wa byose yazigamye uhereye kera kose,

10 kugira ngo ubu imenyeshe ibinyabutware n’ibinyabushobozi “by’ahantu ho mu ijuru”, ubwenge bwayo bw’ingeri nyinshi ikoresheje Umuryango wayo.

11 Ni uko Imana yabikoze ikurikije umugambi wayo uhoraho, yateganyirije muri Kristo Yezu Umwami wacu.

12 Ni na we uduhesha uburenganzira bwo kwegera Imana nta cyo twishisha, bitewe n’icyizere tumufitiye.

13 Ni cyo gituma mbasaba kudacogozwa n’amakuba ndimo kubera mwe, kuko ari yo abazanira inyungu.

Urukundo rwa Kristo

14 Ni yo mpamvu mpfukamira Imana Data,

15 uwo imiryango yose yo mu ijuru no ku isi ishingiyeho.

16 Ndayisaba ngo ikurikije ubwinshi bw’umutungo w’ikuzo ryayo, ibahe ububasha mukomezwe umutima mubikesha Mwuka wayo,

17 kugira ngo Kristo ature muri buri muntu bitewe n’uko amwizera. Ndasaba kandi ngo mushorere imizi mu rukundo rwe murwubakeho,

18 maze hamwe n’izindi ntore z’Imana zose, muhabwe ububasha bwo gusobanukirwa ubugari n’umurambararo by’urukundo rwa Kristo, ndetse n’ubujyakuzimu n’ubuhagarike bwarwo.

19 Ni bwo muzamenya urwo rukundo rwe rurenze ubwenge bw’umuntu, bityo mwuzuzwe kamere yose y’Imana ibasenderemo.

20 Nuko rero Imana ibasha gukora ibirenze kure ibyo twasaba, ndetse n’ibyo twakwibwira byose ibigirishije ububasha bwayo bukorera muri twe,

21 nihabwe ikuzo mu Muryango wayo no muri Kristo Yezu iteka ryose, uko ibihe bihaye ibindi. Amina.

—https://api-cdn.youversionapi.com/audio-bible-youversionapi/126/32k/EPH/3-26ba9aeb52a899071895d1a1d0642eea.mp3?version_id=387—

Categories
Abanyefezi

Abanyefezi 4

Ubumwe mu muryango w’Imana

1 Noneho jyewe imbohe ihōrwa Nyagasani, ndabinginga mujye mugenza uko bikwiye mukurikije ibyo Imana yabahamagariye.

2 Mwicishe bugufi rwose, mwiyoroshye kandi mwihangane, mugire n’urukundo rubatera kwihanganirana.

3 Muharanire kugumana ubumwe butangwa na Mwuka w’Imana, amahoro abe ari yo mugozi ubafatanya.

4 Umubiri wa Kristo ni umwe, Mwuka na we ni umwe nk’uko icyo mwiringira ari kimwe, ari na cyo Imana yabahamagariye.

5 Nyagasani ni umwe, ukuri twemera ni kumwe, ukubatiza na ko ni kumwe,

6 kandi Imana ni imwe ari yo Mubyeyi wa bose, igenga bose, igakoresha bose kandi ikaba muri bose.

7 Buri muntu muri twe yagabiwe impano imukwiye, bikurikije ubuntu Kristo agira.

8 Ni na ko Ibyanditswe bivuga ngo:

“Igihe yazamukaga akajya hejuru,

yajyanyeyo imfungwa ho iminyago,

maze aha abantu impano.”

9 Ariko iryo jambo “yazamukaga” rivuga iki? Ese si ukuvuga se ko yabanje kumanuka akagera ikuzimu?

10 Uwamanutse ni na we wazamutse ajya hejuru y’amajuru yose, kugira ngo yuzure ibyaremwe byose.

11 Nuko aha bamwe kuba Intumwa ze, abandi ngo babe abahanuzi, abandi ngo babe abatangaza Ubutumwa bwiza, naho abandi ngo babe abashumba n’abigisha.

12 Abigenza atyo kugira ngo intore z’Imana zitegurirwe gukora umurimo wayo, maze zubake Umubiri wa Kristo.

13 Bityo igihe nikigera, twese tuzashyike ku rugero rw’ubumwe buva ku kwemera Umwana w’Imana no kumumenya byuzuye, kugira ngo tube abantu bahamye bageze ku rugero rwuzuye rwa Kristo.

14 Ubwo ntituzaba tukiri abana ngo duteraganwe hirya no hino n’imiyaga ibonetse yose, ari yo myigishirize y’abantu bashukana biyubikije uburyarya buyobya.

15 Ahubwo nituvuga ukuri tubitewe n’urukundo tuzakura ku buryo bwose, twunze ubumwe na Kristo ari we Mutwew’Umubiri.

16 Umutwe ni wo ugenga ingingo z’umubiri zose, ugatuma zihurizwa hamwe zigahuza imikorere, zibikesha imitsi iwukomeza ikawutunga, bityo buri rugingo rugakora umurimo rugenewe, maze umubiri wose ugakura ukiyubaka. Byose biterwa n’urukundo.

Imibereho mishya muri Kristo

17 Ibi ni byo mvuga kandi nemeza mbikomora kuri Nyagasani: nimureke kugenza nk’abatazi Imana bakurikiza ibitekerezo byabo bitagira umumaro,

18 kandi n’ubwenge bwabo bwararindagiye. Baciye ukubiri n’ubugingo buva ku Mana, kubera ubujiji bwabo n’imitima inangiye.

19 Bataye isoni biroha mu bwomanzi, bigeza aho birundurira mu kwiyandarika k’uburyo bwose kuzanwa no kurarikira.

20 Naho mwebwe uko si ko mwamenyeshejwe Kristo.

21 Ni iby’ukuri, ibye mwarabyumvise mwigishwa uko ateye, bikurikije ukuri kubonerwa muri Yezu.

22 Noneho nimwiyamburekamere yanyu ya kera yagengaga imigenzereze mwari mufite, kuko iyo kamere igenda ibonona kubera ibyifuzo byayo bishukana.

23 Ahubwo muhindurwe bashya mu bugingo no mu bitekerezo.

24 Mwambare kamere nshya mumere nk’uko Imana ishaka, iyo kamere irangwa n’ubutungane n’ubuziranenge bikomoka ku kuri.

Imigenzereze ya kamere nshya

25 Ni cyo gituma mugomba kwiyambura n’ibinyoma, umuntu wese ajye abwiza mugenzi we ukuri, kuko twese turi ingingo z’umubiri umwe.

26 Kandi nimurakara ntibikabatere gukora icyaha, ndetse izuba ntirikarenge mukirakaye!

27 Ntimugahe Satani urwaho.

28 Uwibaga ntakongere kwiba, ahubwo yihatire gukora ibyiza akoresheje amaboko ye, kugira ngo abone icyo afashisha uje akennye.

29 Ntimukagire ijambo ribi na rimwe muvuga, ahubwo mujye muvuga ijambo ryose ryakubaka ubugingo bw’abandi nk’uko babikeneye, kugira ngo rigirire akamaro abaryumva.

30 Ntimugashavuze Mwuka MuziranengeImana yabahaye ho ikimenyetso kibaranga, kugeza ku Munsi wo gucungurwa.

31 Mwamaganire kure icyitwa ukwishaririza, uburakari n’umujinya, intonganya no gusebanya, kimwe n’ubugome bw’uburyo bwose.

32 Ahubwo mugirirane impuhwe n’ineza, mubabarirane nk’uko namwe Imana yabababariye muri Kristo.

—https://api-cdn.youversionapi.com/audio-bible-youversionapi/126/32k/EPH/4-9a9f893c92bb2c266228ee86792976bb.mp3?version_id=387—

Categories
Abanyefezi

Abanyefezi 5

Guca mu mucyo

1 Kuko muri abana b’Imana ikunda cyane, mujye mukurikiza icyitegererezo cyayo.

2 Mujye mugenza nk’uko Kristo yadukunze, akitanga ngo atubere ituro n’igitambo bifite impumuro nziza ishimisha Imana.

3 Muri intore z’Imana, bityo rero ubusambanyi no kwiyandarika kose cyangwa irari ry’ibintu, ntibikigere bivugwa muri mwe.

4 Ntimukavuge amagambo ateye isoni cyangwa amateshwa, cyangwa amahomvu ahubwo mujye muvuga ibishimisha Imana.

5 Mumenye ibi: umusambanyi wese n’ukora ibiteye isoni n’umunyamururumba (ni cyo kimwe no gusenga ibigirwamana), abo bose nta munani bazagira mu bwami bwa Kristo n’ubw’Imana.

6 Ntihakagire umuntu ubashukisha amagambo y’imburamumaro, kuko ibimeze bityo ari byo bituma Imana irakarira abatayumvira.

7 Nuko rero muramenye ntimugafatanye na bo.

8 Kera mwahoze mu mwijima, ariko none ubu muri mu mucyo kubera Nyagasani. Nuko rero mujye mugenza nk’abari mu mucyo koko.

9 Erega umucyoni wo sōko y’ingeso nziza zose n’ubutungane n’ukuri!

10 Mushishoze maze mumenye ibishimisha Nyagasani.

11 Ntimukagire uruhare mu bikorwa by’imburamumaro bikorerwa mu mwijima, ahubwo mujye mubishyira ahagaragara.

12 Erega ibyo bakora rwihishwa no kubivuga biteye isoni!

13 Nyamara ibintu byose iyo bishyizwe ahagaragara, biboneka neza uko biteye

14 kuko umucyo utuma byose biboneka. Ni cyo gituma bivugwa ngo:

“Wowe usinziriye kanguka,

uzuke uve mu bapfuye,

maze Kristo akumurikire!”

15 Muzirikane rero imigenzereze yanyu mutagenza nk’injiji, ahubwo mugenze nk’abanyabwenge,

16 mukoresha neza igihe mufite kuko iyi minsi ari mibi.

17 Noneho rero, ntimukabe abapfu, ahubwo mujye mumenya neza ibyo Nyagasani ashaka.

18 Ntimugasinde inzoga kuko zitera kwiyandarika, ahubwo mwuzure Mwuka w’Imana.

19 Mubwirane zaburi n’indirimbo z’ibisingizo n’izahimbwe zikomoka kuri Mwuka, muririmbire Nyagasani kandi mumucurangire mubikuye ku mutima.

20 Igihe cyose mujye mushimira Imana Data ibintu byose, mu izina ry’Umwami wacu Yezu Kristo.

Abashakanye

21 Mujye mwubahana mubitewe no gutinya Kristo.

22 Bagore, mwubahe abagabo mwashakanye nk’uko mwubaha Nyagasani.

23 Umugabo ni we mutweakagenga umugore we, nk’uko Kristo ari umutwe akagenga umubiri we, ari wo Muryango abereye Umukiza.

24 Nuko rero abagore bagomba kubaha abagabo bashakanye ku buryo bwose, nk’uko Umuryango wa Kristo umwubaha.

25 Bagabo, mukunde abagore mwashakanye nk’uko Kristo yakunze Umuryango we akawupfira.

26 Kwari ukugira ngo awiyegurire, aweze awuhagije amazi akoresheje Ijambo rye,

27 uwo Muryango ari wo Mugeni we, awishyingire ufite ikuzo, nta kizinga, nta munkanyari, cyangwa ikindi cyose gisa gityo, ahubwo uboneye udafite inenge.

28 Uko ni ko abagabo bagomba gukunda abagore bashakanye, nk’uko bakunda imibiri yabo. Ukunda umugore we aba yikunze.

29 Nta muntu wanga umubiri we bibaho, ahubwo arawugaburira, akawukundwakaza nk’uko Kristo agirira Umuryango we,

30 kandi ni twe ngingo z’uwo Mubiri we.

31 Ibyanditswe biravuga ngo: “Ni cyo gituma umugabo azasiga se na nyina akabana n’umugore we akaramata, bombi bakaba umuntu umwe.”

32 Iryo ni ibanga rikomeye, ariko jye ndemeza ko rireba Kristo n’Umuryango we.

33 Icyakora namwe rirabareba. Umugabo wese muri mwe akunde umugore we nk’uko yikunda, kandi n’umugore na we yubahe umugabo we.

—https://api-cdn.youversionapi.com/audio-bible-youversionapi/126/32k/EPH/5-0ba57f06c05c098d2c558ae5da48ed22.mp3?version_id=387—

Categories
Abanyefezi

Abanyefezi 6

Abana n’ababyeyi

1 Bana, mujye mwumvira ababyeyi banyu kuko ari byo bikwiriye aba Nyagasani.

2 “Ujye wubaha so na nyoko” – ni ryo tegeko rya mbere ririmo Isezerano –

3 “bityo uzagubwa neza kandi urame ku isi.”

4 Namwe babyeyi, ntimukarakaze abana banyu ahubwo mubarere neza, mubamenyereza kandi mubagezaho inyigisho za Nyagasani.

Inkoreragahato na ba shebuja

5 Mwebwe nkoreragahato, mujye mwumvira ba shobuja bo ku isi mubikuye ku mutima nk’abakorera Kristo, mutinya kandi muhinda umushyitsi.

6 Ntimugakorere ijisho nk’abashaka gushimisha abantu, ahubwo mukore uko Imana ishaka mubikuye ku mutima nk’abagaragu ba Kristo.

7 Imirimo y’agahato mukoreshwa muyikorane umutima ukunze nk’abakorera Nyagasani, atari nk’abakorera abantu.

8 Muzirikane ko icyiza cyose umuntu akora, yaba inkoreragahato cyangwa uwigenga, azagihemberwa na Nyagasani.

9 Namwe bakoresha, mugirire mutyo abo mukoresha mureke kubashyiraho iterabwoba. Muzirikane ko ari mwe ari n’abo mukoresha, mufite Shobuja umwe uba mu ijuru, ufata abantu bose kimwe.

Intwaro z’umuyoboke wa Kristo

10 Ahasigaye mushake amaboko kuri Nyagasani no ku bubasha bwe bukomeye.

11 Mwitwaze intwaro z’Imana kugira ngo mubashe guhagarara kigabo, mudatsinzwe n’uburiganya bwa Satani

12 kuko ibyo turwana na byo atari abantu, ahubwo ni ibinyabutware n’ibinyabushobozi, ni ibihangange bitegeka iyi si y’umwijima, ari byo za ngabo zigira nabi ziba “ahantu ho mu ijuru”.

13 Ni cyo gituma mukwiye gufata intwaro zose z’Imana. Bityo igihe cy’iminsi mibi muzabashe guhangana na wa Mwanzi, maze byose birangiye mube muhagaze mudatsinzwe.

14 Nuko rero nimuhagarare kigabo, mukenyeye ukuri mwambaye n’ikoti ry’icyuma rikingiriza igituza, ari ryo butungane.

15 Naho mu birenge mube mwambaye inkweto, ari zo mwete wo gutangaza Ubutumwa bwiza bw’amahoro.

16 Muhore mwitwaje ingabo ari yo kwizera Kristo, kugira ngo mubashe kuzimya ya myambi yose yaka umuriro iraswa na Sekibi.

17 Mwambare ingofero y’icyuma ari yo gakiza, kandi mwitwaze inkota muhabwa na Mwuka ari yo Jambo ry’Imana.

18 Byose mubikore musenga ku buryo bwose mwinginga Imana. Ibihe byose muyambaze muvugishwa na Mwuka. Mugumye kuba maso, mushishikarire gusabira intore z’Imana zose.

19 Nanjye mujye munsabira kugira ngo uko mbumbuye umunwa, Imana impe amagambo akwiriye ngo menyeshe abantu ibanga ry’Ubutumwa bwiza nta mususu.

20 No kuri iyi ngoyi ubwo Butumwa ni bwo mpagarariye. Munsabire kugira ngo mbuvuge nshize amanga, uko bikwiye.

Umwanzuro

21 Tikiko umuvandimwe nkunda n’umugaragu w’indahemuka wa Nyagasani, azabagezaho amakuru yanjye yose ngo mumenye ibyo nkora.

22 Ni na yo mpamvu muboherereje, kugira ngo mumenye uko tumerewe kandi abakomeze.

23 Amahoro n’urukundo hamwe n’ukwizera, bikomoka ku Mana Data no kuri Nyagasani Yezu Kristo, bibe ku bavandimwe bose.

24 Umwami wacu Yezu Kristo nagumye kugirira ubuntu abantu bose bamukunda urukundo rudatezuka.

—https://api-cdn.youversionapi.com/audio-bible-youversionapi/126/32k/EPH/6-51990510364cfc5d2e4a5b0c8fee174b.mp3?version_id=387—