Categories
2 Abanyakorinti

2 Abanyakorinti 6

1 Noneho ubwo dukorana n’Imana, turabinginga kugira ngo ubuntu yabagiriye bwe gupfa ubusa.

2 Koko rero ubwayo yaravuze iti:

“Mu gihe gikwiye

narakumvise,

ku munsi w’agakiza

naragutabaye.”

None rero iki ni cyo gihe gikwiye, uyu ni wo munsi w’Imana wo gukiza abantu.

3 Twirinda kugira uwo twabangamira ku buryo bwose, kugira ngo umurimo dukora utagawa.

4 Ahubwo dukora byose twerekana ko turi abagaragu b’Imana, twihanganira cyane amakuba n’ingorane n’ibyago.

5 Twarakubiswe dushyirwa muri gereza, dutezwa imidugararo, twarakoze twiyuha akuya, twaraye tudasinziriye ndetse akenshi ntiturye.

6 Turangwa n’imibereho izira amakemwa no kumenya ukuri no kwihangana no kugira neza. Turangwa kandi na Mwuka Muziranenge n’urukundo ruzira uburyarya,

7 n’ukuri twamamaza n’ububasha Imana iduha. Imyifatire itunganye ni yo ntwaro turwanisha, kandi ni na yo ngabo dukinga.

8 Rimwe abantu baduha icyubahiro ubundi bakadukoza isoni rimwe bakadusebya ubundi bakadushimagiza. Batwita abanyabinyoma nyamara kandi turi abanyakuri.

9 Dusa n’abatazwi nyamara dore tuzwi n’umuhisi n’umugenzi. Dusa n’abagiye gupfa, nyamara dore turiho. Bajya baduhana nyamara ntibatwice.

10 Duterwa ishavu nyamara tugahorana ibyishimo. Turi abakene nyamara tugakenura benshi. Dusa n’abatagira na mba nyamara dufite byose.

11 Yemwe bagenzi bacu b’i Korinti, twababwije ukuri kose kandi turabirundurira.

12 Mu mibanire yacu namwe si twe twizigamye ahubwo ni mwe.

13 Nuko rero ndababwira nk’umubyeyi ubwira abana be, namwe nimutwirundurire nk’uko twabibagiriye.

Kwirinda gufata impu zombi

14 Ntimukifatanye n’abatemera Kristo. Mbese ubutabera n’ubugome byahurira he? Ese umucyo wasābana ute n’umwijima?

15 Cyo nimumbwire: Kristo yahuza inama ate na Satani? Cyangwa uwemera Kristo aba ahuriye ku ki n’utamwemera?

16 Mbese Ingoro y’Imana yayisangira ite n’ibigirwamana? Erega ingoro y’Imana nzima ni twebwe, nk’uko ubwayo yivugiye iti: “Nzatura hagati muri bo ngendane na bo, nzaba Imana yabo na bo babe ubwoko bwanjye.”

17 Ni cyo gituma Nyagasani avuga ati:

“Nimuve muri ba bantu mwitandukanye na bo.

Ntimugire ikintu cyose gihumanye mukoraho,

nanjye nzabakira.

18 Nzababera So, namwe mumbere abahungu n’abakobwa.

Uko ni ko Nyagasani Ushoborabyose avuga.”

—https://api-cdn.youversionapi.com/audio-bible-youversionapi/126/32k/2CO/6-6fa00bd03f980c78a4e09f793dfcad73.mp3?version_id=387—

Categories
2 Abanyakorinti

2 Abanyakorinti 7

1 Ncuti nkunda, ayo masezerano ni twe yahawe. Bityo rero nimucyo twiyeze, twivaneho ikintu cyose gishobora kuduhumanya imibiri cyangwa imitima, twihatire kuba abaziranenge rwose tubitewe no gutinya Imana.

Ibyishimo bya Pawulo

2 Nimuduhe umwanya mu mitima yanyu. Dore nta muntu twafudikiye, nta n’uwo twayobeje cyangwa ngo tumurye imitsi.

3 Ibyo simbivuze ari ukubacira urubanza. Nk’uko nabivuze mbere, muri inkoramutima zacu, ku buryo nta cyadutandukanya namwe; twiteguye kubana namwe, cyangwa gupfana namwe.

4 Mbafitiye icyizere cyinshi kandi koko muntera ishema ryinshi. No mu makuba yose twagize Imana irushaho kumpumuriza, ngasābwa n’ibyishimo.

5 Koko rero igihe twageraga mu ntara ya Masedoniya, nta gahenge twigeze tugira ahubwo twagize ingorane impande zose, abanzi baduteraga baturutse hirya no hino tukagira n’inkeke ku mutima.

6 Ariko Imana ihumuriza abashobewe yaraduhumurije tubonye Tito aje.

7 Ukuza kwe si ko kwaduhumurije konyine, ahubwo no kumva ko namwe mwamuhumurije byaturemye agatima. Yatubwiye ukuntu munkumbuye n’ishavu mufite, atubwira n’uko mundwanira ishyaka. Ibyo byatumye ndushaho kugira ibyishimo.

8 Nubwo urwandikonabandikiye rwaba rwarabateye agahinda, sinicuza ko narwanditse. Nari ngiye kubyicuza igihe mbonye ukuntu rwabateye agahinda akanya gato.

9 Ariko ubu ndishimye atari uko nabateye agahinda, ahubwo ari uko ako gahinda kabateye kwihana. Erega ako ni agahinda gahuje n’ibyo Imana ishaka! Bityo nta kibi mwahuye na cyo kiduturutseho.

10 Burya agahinda gahuje n’ibyo Imana ishaka gatera umuntu kwihana kakamugeza ku gakiza, agahinda nk’ako nta mpamvu yo kukicuza. Naho agahinda gasanzwe ko muri iyi si kageza umuntu ku rupfu.

11 Mbega ibyiza mwazaniwe n’agahinda gahuje n’ibyo Imana ishaka! Mbega umwete kabateye wo kwita ku byabaye ngo mwiregure! Mbega ukuntu kabateye kurakara no guhagarika umutima! Mbega ibyifuzo n’ishyaka kabateye ngo mwemere guhana uwagize nabi! Muri byose mwagaragaje ko muri abere muri urwo rubanza.

12 Nuko rero igihe nabandikiraga rwa rwandiko, sinabitewe n’uwacumuye cyangwa n’uwacumuweho,ahubwo kwari ukugira ngo imbere y’Imana ishyaka mudufitiye ribagaragarire.

13 Uko mwifashe bamaze kurubasomera byaraduhumurije.

Erega si uguhumurizwa gusa ahubwo twarushijeho kwishima, tubonye ukuntu Tito yari anezerewe kubera ko mwese mwamuremye agatima.

14 Nari naramuratiye ibyanyu, none koko ntimwankojeje isoni. Nk’uko buri gihe twababwizaga ukuri, ni na ko ibigwi byanyu twaratiye Tito byabaye iby’ukuri.

15 Ni icyo cyatumye arushaho kubakunda, cyane cyane iyo yibutse uko mwumviye ibyo yababwiye n’uburyo mwamwakiriye mutinya kandi muhinda umushyitsi.

16 Nshimishijwe n’uko nshobora kubagirira icyizere muri byose.

—https://api-cdn.youversionapi.com/audio-bible-youversionapi/126/32k/2CO/7-f1e4233ad24de3d67e0463d3169866ab.mp3?version_id=387—

Categories
2 Abanyakorinti

2 Abanyakorinti 8

Gutanga utitangiriye itama

1 Bavandimwe, turifuza kubamenyesha ubuntu Imana yagiriye amatorero yayo yo mu ntara ya Masedoniya.

2 Koko bagize amakuba menshi yo kubagerageza, nyamara ibyishimo byabo bisesuye byatumye batanga cyane batizigama, nubwo ari abakene bikabije.

3 Ndahamya ko batanze uko bashoboye, ndetse ibirenze uko bashoboye ari ntawe ubahase.

4 Batwinginze bakomeje ngo bagire uruhare mu gikorwa cyo kugoboka intore za Kristo z’i Yeruzalemu.

5 Nuko bakora ibirenze ibyo twari twizeye, ariko rero nk’uko Imana ishaka babanje kwitanga ubwabo, biyegurira Nyagasani nyuma natwe baratwiyegurira.

6 Ni cyo cyatumye twinginga Tito kuza iwanyu, kugira ngo arangize icyo gikorwa cyo kugira ubuntu yari yaratangiye muri mwe.

7 Musanzwe mushoboye ibintu byose mukanahebuza, ari ukwizera Kristo no kumwamamaza, ari ukumenya ukuri no kugira umwete muri byose ndetse no kudukunda, bityo ndifuza ko munahebuza muri icyo gikorwa cyo kugira ubuntu.

8 Si itegeko mbashyizeho ahubwo nagira ngo, mpereye ku mwete abandi bafite ndebe ko urukundo rwanyu ari urw’ukuri.

9 Koko rero muzi ubuntu Umwami wacu Yezu Kristo yagize: nubwo yari umukungu yigize umukene ku bwanyu,kugira ngo ubukene bwe bubagire abakungu.

10 Reka mbabwire icyo ntekereza kuri ibyo, ni cyo cyababera cyiza. Umwaka ushize ni mwe mwabaye aba mbere kugira icyo mutanga, si ibyo gusa, ni mwe mwabaye aba mbere kwiyemeza gutanga.

11 Umva rero nimurangize icyo gikorwa mwatangiye. Nk’uko mwacyiyemeje mufite ubwuzu, mube ari ko mukirangiza mutanga uko mufite.

12 Koko rero iyo umuntu atanganye ubwuzu, Imana yemera ituro rye uko arifite itamutezeho icyo adafite.

13 Ntabwo ngamije kubakenesha kugira ngo mbone uko nkenura abandi. Oya, ndagira ngo mube magirirane.

14 Kuri ubu mufite ibibasagutse, nuko rero nimubikenuze abakennye, maze igihe muzaba mukennye na bo bafite ibibasagutse, bazabibakenuza bityo na none mukaba mubaye magirirane.

15 Ni na ko Ibyanditswe bivuga ngo: “Uwatoraguye byinshi nta cyo yasaguye, n’uwatoraguye bike nta cyo yahombye.”

Tito na bagenzi be

16 Imana ishimwe ko yatumye Tito agira umwete wo kubafasha, nk’uko nanjye nywubagirira.

17 Icyo twamusabye yemeye kugikora, ndetse ishyaka ryinshi yari abafitiye ryamuteye kuza iwanyu abyiyemeje ubwe.

18 Tumutumanye n’umuvandimwe ushimwa n’amatorero yose ya Kristo, kubera ko yamamaza Ubutumwa bwiza.

19 Byongeye kandi uwo muvandimwe yatoranyijwe n’amatorero, ngo aduherekeze mu rugendo tuzajyamo rwo gusohoza uwo murimo w’ubuntu twashinzwe. Ibyo tubikorera guhesha Nyagasani ikuzo, no kugaragaza ubwuzu dufite bwo gufasha abandi.

20 Twirinda ko hagira umuntu udutera urubwa, akemanga uburyo ducunga iyo mari nyinshi twashinzwe.

21 Icyo duharanira si ugukora ibitunganiye Nyagasani gusa, ahubwo ni ugukora n’ibigaragarira abantu ko ari byiza.

22 Tubatumanye n’undi muvandimwe wacu, ni umuntu twagerageje kenshi no mu buryo bwinshi dusanga agira umwete wo gufasha abandi. Ubu ho arushijeho kuwugira kubera icyizere cyinshi abafitiye.

23 Tito we ni mugenzi wanjye dufatanyije umurimo tubakorera. Naho abo bavandimwe bacu bamuherekeje ni intumwa z’amatorero ya Kristo, na bo bakorera guhesha Kristo ikuzo.

24 Ngaho rero nimubagaragarize urukundo rwanyu, mubereke n’impamvu zaduteraga kurata ibigwi byanyu maze bimenyekane mu matorero.

—https://api-cdn.youversionapi.com/audio-bible-youversionapi/126/32k/2CO/8-5d3da5043ee24cd5ffd1b9db5f4c9aec.mp3?version_id=387—

Categories
2 Abanyakorinti

2 Abanyakorinti 9

Imfashanyo yo kugoboka intore z’Imana z’i Yeruzalemu

1 Ntabwo rwose ari ngombwa ko mbandikira ku byerekeye igikorwa cyo kugoboka intore z’Imana zo muri Yudeya.

2 Nzi ko mugira ubwuzu bwo gufasha abandi, ndetse nabaratiye abo muri Masedoniyangira nti: “Kuva mu mwaka ushize abavandimwe bacu bo muri Akaya biteguye gutanga imfashanyo.” None iryo shyaka ryanyu ryemeje abenshi muri bo kugira icyo bakora.

3 Mboherereje abo bavandimwe kugira ngo ibyo bigwi twabavuze tubashimagiza bitaba impfabusa.

4 Naho ubundi nzanye n’abo muri Masedoniya bagasanga nta cyo mwari mwategura, twakorwa n’isoni kandi namwe mwarushaho kumwara kubera icyizere twari tubafitiye.

5 Ni cyo cyatumye mbona ko ari ngombwa gusaba abo bavandimwe ngo bambanzirize kuza iwanyu, kugira ngo batunganye ibyerekeye imfashanyo mwiyemeje gutanga. Nuko rero nzasange mwarayiteguye, bityo bigaragare ko mwatanganye ubwuzu mudahatwa.

6 Muzirikane iri jambo: “Ubiba nkeya azasarura nkeya, naho ubiba nyinshi azasarura nyinshi.”

7 Buri muntu wese akwiriye gutanga icyo yiyemeje, atinuba kandi adahatwa kuko Imana ikunda umuntu utanga anezerewe.

8 Koko rero ku buryo bwose Imana ibasha kubagirira ubuntu busesuye, kugira ngo muri byose n’igihe cyose mube mwihagije, ndetse munasagure ibyo gukoresha imirimo myiza yose.

9 Ni na ko Ibyanditswe bivuga, ngo:

“Yagize ubuntu aha abakene ataziganya,

ubutungane bwe azabuhorana iteka ryose.”

10 Imana iha umuhinzi imbuto zo kubiba, ikanamuha ibyokurya byo kumutunga, namwe izabaha imbuto zo kubiba inazigwize, kugira ngo zirumbuke umusaruro mwinshi wo kugira neza kwanyu.

11 Izabagwiriza ubukungu bw’uburyo bwose kugira ngo muzashobore gutanga mutizigama, maze bitume benshi bashimira Imana, bitewe n’imfashanyo zanyu tuzaba tubashyikirije.

12 Akamaro k’uwo murimo mukora si ako gukenura intore z’Imana gusa, ahubwo unatuma abashimira Imana barushaho kwiyongera.

13 Kuzirikana ibyo byose mwabakoreye bituma basingiza Imana, babonye ukuntu muyumvira, mugatangaza Ubutumwa bwiza bwa Kristo. Bayisingiza kandi kubera ko mugira ubuntu, mugasangira ibyanyu na bo ndetse n’abantu bose.

14 Bityo bazabasabira babafitiye urukumbuzi, bitewe n’ubuntu bw’Imana buhebuje bababonanye.

15 Imana ishimwe kubera impano itagereranywa yatugabiye.

—https://api-cdn.youversionapi.com/audio-bible-youversionapi/126/32k/2CO/9-47425eb6a7ccc836e2ae93cd1f3eab67.mp3?version_id=387—

Categories
2 Abanyakorinti

2 Abanyakorinti 10

Pawulo yiregura ku Banyakorinti

1 Jyewe Pawulo ndabinginga nkoresheje ubugwaneza no kugira neza bya Kristo. Bavuga ko iyo turi kumwe mba nk’intama, twaba tutari kumwe nkaba nk’intare.

2 Ndabasaba nkomeje rero kugira ngo ninza iwanyu mutazantera gukara. Koko kandi sinzabura gukara, nimbonana na ba bandi bavuga ko tugenza nk’ab’isi.

3 Nubwo turi abantu ntabwo turwana kimwe n’abantu b’isi.

4 Intwaro turwanisha ntizacuzwe n’abantu ahubwo ni intwaro zikomeye twahawe n’Imana, zibasha gusenya ibigo ntamenwa. Zisenya impaka,

5 zikanahirika inkuta ndende zose zashyiriweho gutambamira abantu ngo batamenya Imana. Bityo imigambi yose yo kugomera Kristo tukayinesha, maze ba nyirayo tukabamugandurira.

6 Nuko rero ubwo muzaba mwumviye byimazeyo, twiteguye kuzahana uwanga kumvira uwo ari we wese.

7 Mwebwe mufata ibintu mushingiye ku byo mureba gusa. Umuntu wese wiyumvamo ko ari uwa Kristo niyongere yibaze, amenye ko natwe turi Abakristo kimwe na we.

8 Nyagasani yaduhaye ubushobozi bwo kubaka ubugingo bwanyu atari ubwo kubusenya. Ubanza ahari narakabije kwiratana ubwo bushobozi nyamara nta pfunwe binteye.

9 Sinshaka ko mutekereza ko inzandiko mbandikira ari izo kubatera ubwoba.

10 Nyamara hariho abavuga bati: “Inzandiko za Pawulo ni iz’igitsure, zirimo amagambo akaze. Nyamara iyo turi kumwe, usanga acishije make n’ibyo avuga ari ubusa.”

11 Uvuga atyo wese ndagira ngo amenye neza ko ibyo tuvuze mu nzandiko tutari kumwe, nta ho bitandukaniye n’ibyo tuzakora tugeze iwanyu.

12 Koko rero ntitwahangara kwireshyeshya cyangwa ngo twigereranye n’abo bantu biyogeza. Ni abapfu rwose kuko bishyiriraho igipimo bakacyigeraho, bigereranya ubwabo!

13 Naho twebwe ntitwirata ngo turenze urugero. Ahubwo tugarukira ku rugero ari zo mbibi Imana yadushingiye, kandi namwe muri muri izo mbibi.

14 Ubwo ari twe twabanje kubagezaho Ubutumwa bwiza bwa Kristo, turamutse tuje iwanyu ntituba turenze imbibi twahawe.

15 Ntiturenga izo mbibi ngo twiratane umurimo wakozwe n’abandi. Ahubwo twiringiye ko muzakomeza gutera imbere mu kwizera Kristo, natwe umurimo dukora muri mwe ukarushaho kwiyongera, tutarenze izo mbibi.

16 Nyuma ni bwo tuzageza Ubutumwa bwiza no mu bihugu biri hirya y’icyanyu. Na bwo ntituziratana umurimo tuzasanga warakozwe n’abandi aho Imana yabakebeye.

17 Ibyanditswe biravuga ngo: “Ushaka kwirata yirate Nyagasani.”

18 Uwiyogeza si we ushimwa, ahubwo hashimwa uwogezwa na Nyagasani.

—https://api-cdn.youversionapi.com/audio-bible-youversionapi/126/32k/2CO/10-44d9e985966f8bbb56012010192d8deb.mp3?version_id=387—

Categories
2 Abanyakorinti

2 Abanyakorinti 11

Pawulo n’abiyita Intumwa za Kristo

1 Yewe, icyampa mukihanganira ubusazi bwanjye ho gato! Nyamuneka nimunyihanganire!

2 Erega mbafuhira nk’uko Imana ibafuhira. Nabatanze mumeze nk’umugeni wirinze, ngo mbashyingire umugabo umwe rukumbi ari we Kristo.

3 Ariko nk’uko Eva yashutswe n’amayeri ya ya nzoka, ndatinya ko namwe mwashukwa ibitekerezo byanyu bikangirika, maze mugateshuka umurava [no kubonera] mukesha Kristo.

4 Dore nawe iyo hadutse umuntu akamamaza muri mwe Yezu wundi utari uwo twamamaje, cyangwa akabaha umwuka wundi utari Mwuka w’Imana mwahawe, cyangwa akabagezaho ubutumwa bundi butari Ubutumwa bwiza twabagejejeho, uwo muntu muramureka akabigarurira!

5 Ndibwira ko bene izo “ntumwa”z’akataraboneka nta cyo jye zindusha.

6 Nubwo wenda mu magambo ntari intyoza, ariko rero mu bumenyi sindi umuswa. Ibyo twabibagaragarije neza ku buryo bwose.

7 Nabagejejeho Ubutumwa bwiza nta gihembo mbaka, nicishije bugufi kugira ngo mwe mushyirwe hejuru. Mbese icyo ni icyaha?

8 Natungwaga n’amatorero ya Kristo y’ahandi – kwari nko kuyasahura kugira ngo mwebwe mbone uko mbakorera.

9 Iyo nagiraga icyo nkenera igihe nari iwanyu, nta muntu n’umwe nigeze ndushya ngira icyo mwaka. Abavandimwe baturutse muri Masedoniya ni bo bamaze ubukene bwose nari mfite. Bityo ku buryo bwose nirinze kubarushya kandi nzakomeza kubyirinda.

10 Nshingiye ku kuri kwa Kristo kundimo, ntawe uzambuza kwiratana ibyo ngibyo mu karere kose ka Akaya.

11 Ese ibyo mbivugiye iki? Mbese ni uko ntabakunda? Imana ni yo izi uko mbakunda.

12 Nzakomeza kugenza uko nsanzwe ngenza, kugira ngo ba bandi biyita intumwa za Kristo babure urwitwazo bajya bashaka rwo kwirata ko ari intumwa kimwe natwe.

13 Bene abo ni ingirwantumwa zikora ibinyuranye n’ibyo zivuga, zikihindura nk’Intumwa za Kristo.

14 Ibyo kandi si igitangaza, kuko na Satani ubwe ajya yihindura nk’umumarayika urabagirana.

15 Ntabwo ibyo rero ari ibikomeye kubona n’abakozi be bihindura nk’abagaragu b’Imana nyir’ubutungane. Iherezo baziturwa ibihwanye n’ibyo bakora.

Amakuba Pawulo yatewe no kuba Intumwa ya Kristo

16 Ndabisubiramo: ntihagire umuntu unyita umusazi. Ariko rero mushatse kubikora, ngaho nimwihanganire ubusazi bwanjye mureke nirate ho gato.

17 Ibyo ngiye kuvuga simbikuye kuri Nyagasani, ahubwo ubusazi bwanjye ni bwo buntinyuye kwirata!

18 Benshi birata nk’ab’isi, none rero reka nanjye nirate.

19 Mwebwe muzi ubwenge, ni ukuri mukunda kwihanganira abasazi!

20 Dore namwe mwihanganira umuntu ubashyira mu buja cyangwa akabarya imitsi, akabariganya akanabasuzugura, cyangwa akabakubita inshyi.

21 Twe twabaye ibigwari ntitwabagirira dutyo – yewe, kubivuga binteye isoni!

Niba hari umuntu wahangara kugira icyo yirata naze duhige – na none ibyo mbivuze nk’umusazi.

22 Mbese za ngirwantumwa ni Abaheburayi? Nanjye ndi we. Ese ni Abisiraheli? Nanjye ndi we. Ese ni urubyaro rwa Aburahamu? Nanjye ni uko.

23 Ese ni abagaragu ba Kristo? Noneho reka mvuge nk’uwataye umutwe! Jyewe ndi we kubarusha. Uti kuki? Nabarushije gukora nshishikaye cyane, nabarushije gufungwa kenshi, nabarushije gukubitwa ibiboko byinshi bikabije, ndetse nabarushije no kuba nenda gupfa hato na hato.

24 Ibihe bitanu Abayahudi bankubise ibiboko mirongo itatu n’icyenda.

25 Ibindi bihe bitatu nakubiswe inkoni n’abasirikari b’Abanyaroma. Igihe kimwe natewe amabuye bashaka kuyanyicisha.Ibihe bitatu ubwato nagenderagamo bwaramenetse ndarohama. Hari n’ubwo naraye mu nyanja rwagati bukeye nirirwamo.

26 Mu ngendo nyinshi najyagamo nagiye ngira akaga gatewe n’inzuzi zuzuye, agatewe n’abambuzi, agatewe na bene wacu b’Abayahudi n’agatewe n’abatari Abayahudi. Yewe, nagiriye akaga mu mijyi no mu cyaro no mu nyanja. Ndetse nagize n’akaga gatewe n’abiyita abavandimwe kandi atari bo.

27 Narakoze cyane niyuha akuya. Kenshi nagize ibimbuza kugoheka. Nagize inzara n’inyota ndetse akenshi mbura n’icyo ndya. Nagiye mbura ibyo nambara maze imbeho ikantunda.

28 Uretse ibyo n’ibindi ntavuze, uko bukeye n’uko bwije mporana inkeke, mpagaritse umutima kubera amatorero yose ya Kristo.

29 Iyo hagize ucika intege bituma nanjye ncika intege. Iyo hagize uteshuka agakora icyaha biranshegesha.

30 Niba ari ngombwa ko nirata reka nirate intege nke zanjye.

31 Imana Se w’Umwami wacu Yezu Kristo yogahora isingizwa iteka, izi ko ntabeshya.

32 Ubwo nari i Damasi umutegetsi washinzwe umujyi n’Umwami Areta, yashyize abarinzi ku marembo y’umujyi ngo bamfate.

33 Nuko Abakristo baho banshyira mu gitebo bancisha mu idirishya ryo mu rukuta rw’umujyi, ndahunga murokoka ntyo.

—https://api-cdn.youversionapi.com/audio-bible-youversionapi/126/32k/2CO/11-9e2033a466b5e082a75ce20dda54b2e2.mp3?version_id=387—

Categories
2 Abanyakorinti

2 Abanyakorinti 12

Kwerekwa no guhishurirwa bya Pawulo

1 Ni ngombwa ko nirata nubwo ari nta cyo bimaze. Noneho reka mvuge ibyerekeye ibyo neretswe n’ibyo nahishuriwe na Nyagasani.

2 Hari umuntu wa Kristo nziwazamuwe, akagezwa mu ijuru rya gatatuhashize imyaka cumi n’ine. Icyakora sinzi neza ko yari ahari koko cyangwa niba kwari ukuherekwa gusa, Imana yonyine ni yo ibizi.

3-4 Nzi ko uwo muntu yazamuwe akagezwa muri paradiso. Na none sinzi neza ko yari ahari koko cyangwa niba kwari ukuherekwa gusa, Imana yonyine ni yo ibizi. Uko biri kose yahumviye amagambo arenze uko umuntu yayasobanura, ndetse birabujijwe no kuyasubiramo.

5 Umuntu nk’uwo ni we nakwiratana koko, naho jyewe ubwanjye nta kindi nakwiratana keretse intege nke zanjye.

6 Nyamara nshatse kugira icyo niratana sinaba mbaye umusazi, kuko naba mvuga iby’ukuri. Ariko noneho ndifashe, kugira ngo hatagira untekerezaho ibirenze ibyo abona nkora cyangwa ibyo yumva mvuga.

7 Koko kandi kugira ngo ntavaho nirata mbitewe n’uko nahishuriwe ibitangaje gutyo, nashyizwe igisa n’ihwamu mubiri wanjye kimpanda kikambera nk’intumwa ya Satani yo kumpoza ku nkoni, kugira ngo ne kwikuza.

8 Ibihe bitatu nasabye Nyagasani kunkiza icyo cyago,

9 maze na we akansubiza ati: “Ubuntu ngira buraguhagije, kuko ububasha bwanjye bugwira ahiganje intege nke.” Noneho rero nzajya nishimira cyane kwiratana intege nke zanjye, kugira ngo ububasha bwa Kristo bugume kuri jye.

10 Ni cyo gituma nishimira kugira intege nke n’ubukene, ngatukwa ngatotezwa, nkagira ingorane ari Kristo nzira. Erega iyo mbaye umunyantegenke ni bwo mba mfite imbaraga!

Pawulo ahagarika umutima ku bw’Abakristo b’i Korinti

11 Yemwe, nabaye umusazi koko ariko ni mwe mwabimpatiye, kandi rero ari mwe mwagombaga kunyogeza. Nubwo ari nta cyo ndi cyo, ariko za ntumwa mwita akataraboneka nta cyo zindushije.

12 Ibimenyetso biranga Intumwa ya Kristo Imana yampaye kubitanga muri mwe nta gucogora na busa ni byo ibi: kwerekana ibimenyetso no gukora ibitangaza n’ibindi bikorwa by’ububasha.

13 Mbese ni iki nakoreye andi matorero ya Kristo, mwebwe sinkibakorere uretse ko mwebwe ntashatse kubarushya? Ibyo niba ari ukubahemukira mubimbabarire.

14 Ubu niteguye kuzaza iwanyu ubwa gatatukandi nta bwo nzabarushya ngira icyo mbasaba. Si ibyanyu nshaka ahubwo ni mwebwe ubwanyu. Erega abana si bo bakwiye kuzigama ibyo gukenura ababyeyi babo, ahubwo ababyeyi ni bo bakwiye kubikorera abana babo.

15 Jyewe rero nashimishwa no gutanga ibyo mfite byose ku bwanyu, ndetse nanjye ubwanjye nkitanga byimazeyo. Mbese koko mwabasha kunkunda urumamo, kandi jye mbakunda bigeze aho?

16 Noneho mwambwira muti: “Koko ntiwaturuhije nyamara wabaye inyaryenge, uradushuka utugusha mu mutego waduteze!”

17 None se hari inyungu nabashatsemo maze nkayituma umwe mu bo naboherereje?

18 Nasabye Tito kuza iwanyu mutumana na wa muvandimwe. Mbese Tito hari inyungu yabashatsemo? Ese ntimwabonye ko twembi twifata kimwe tukanyura inzira imwe?

19 Mbese mwibwiye ko tumaze igihe kingana gitya tubireguraho? Si ko biri ahubwo imbere y’Imana tuvuga ibyo Kristo ashaka. Ncuti dukunda, ibyo byose twabibabwiriye kugira ngo byubake ubugingo bwanyu.

20 Ndatinya ko ninza iwanyu nzasanga mutameze nk’uko nshaka, kandi namwe mugasanga ntameze nk’uko mushaka. Ndatinya ko nzasanga mufitanye amakimbirane n’ishyari, uburakari no gutera amahane, ngasanga munegurana munafitanye amazimwe no gusuzugurana, ndetse n’imivurungano.

21 Ndatinya ko ningaruka iwanyu Imana yanjye izankoza isoni imbere yanyu. Koko kandi nzagomba kuririra benshi muri ba bandi bacumuye mbere, bakaba baranze kwisubiraho ngo bareke za ngeso zabo zo kwiyandarika n’ubusambanyi n’ubwomanzi.

—https://api-cdn.youversionapi.com/audio-bible-youversionapi/126/32k/2CO/12-6ffb2baca9ed2252e19efc95b3bc850f.mp3?version_id=387—

Categories
2 Abanyakorinti

2 Abanyakorinti 13

Imiburo n’intashyo bya Pawulo biheruka

1 Ubu ni ubwa gatatu ngiye kuzaza iwanyu kubasura. Ibyanditswe biravuga ngo: “Ikirego cyose ntigishobora kwemerwa keretse gihamijwe n’abagabo babiri cyangwa barenzeho.”

2 Ubwo nazaga kubasura ubwa kabiri narababuriye, n’ubu tutari kumwe ndaburira ba bandi bacumuye mbere kimwe n’abandi bose, ningaruka nta n’umwe nzababarira.

3 Ibyo bizababera icyemezo mushaka ko ari Kristo umvugisha. Ku bibareba Kristo si umunyantegenke, ahubwo agira ububasha muri mwe.

4 Koko rero yabambwe ku musaraba afite intege nke, ariko ubu ariho kubera ububasha bw’Imana. Natwe ni uko dusangiye na we izo ntege nke, nyamara kubera ububasha bw’Imana tuzabanaho na we tubakorere.

5 Nimwigerageze ubwanyu, mwisuzume murebe niba koko mugikomeye ku uwo twemera. Mbese ntimwasobanukiwe ko Kristo ari muri mwe koko? Ni ko biri keretse niba mwarasuzumwe mugatsindwa.

6 Ndiringira ko muzamenya ko twebweho tutatsinzwe n’isuzumwa.

7 Tujya dusaba Imana kugira ngo mwe kugira ikibi mukora. Ntitubasabira dutyo kugira ngo twe tuboneke ko twatsinze, ahubwo ni ukugira ngo mwebwe mukore ibyiza mutsinde nubwo twe twaba nk’abatsinzwe.

8 Nta cyo tubasha gukora cyabangamira ukuri kw’Imana, ahubwo turagushyigikira.

9 Koko rero twishimira ibihe tugiramo intege nke mwe mugakomera. Ni yo mpamvu duhora tubasabira kugira ngo mube indakemwa.

10 Dore ikinteye kubandikira ibyo byose kandi tutari kumwe, ni ukugira ngo ubwo nzaba ndi iwanyu ntazagomba kubahana bikomeye, nkoresheje ubushobozi Nyagasani yampaye bwo kubaka ubugingo bwanyu simbusenye.

11 Ahasigaye bavandimwe, murabeho. Mube indakemwa, muterane inkunga muhuze imitima, mube amahoro. Bityo Imana yo sōko y’amahoro n’urukundo izabana namwe.

12 Muramukanye muhoberanaku buryo buzira amakemwa. Intore z’Imana z’ino zose zirabatashya.

13 Ubuntu Umwami wacu Yezu Kristo abagirira, n’urukundo rw’Imana n’ubusābane mukesha Mwuka Muziranenge, bihorane namwe mwese.

—https://api-cdn.youversionapi.com/audio-bible-youversionapi/126/32k/2CO/13-452522f3dfc02b852dd77e357cd8933b.mp3?version_id=387—

Categories
Abanyagalati

Abanyagalati 1

Indamutso

1 Jyewe Pawulo utagizwe Intumwa n’abantu cyangwa ngo bicishwe ku muntu runaka, ahubwo nkaba naragizwe Intumwa na Yezu Kristo ubwe n’Imana Se yamuzuye mu bapfuye,

2 mfatanyije n’abavandimwe bose turi kumwe, ndabandikiye mwebwe abo mu matorero ya Kristo yo mu ntara ya Galati.

3 Imana Data nibagirire ubuntu, ibahe n’amahoro ifatanyije na Nyagasani Yezu Kristo.

4 Kristo yaradupfiriye kugira ngo adukize ibyaha byacu, maze aturokore ibibi by’iki gihe cya none nk’uko Imana Data yabishatse.

5 Imana nihabwe ikuzo iteka ryose. Amina.

Ubutumwa bwiza bumwe rukumbi

6 Ntangajwe n’ukuntu mwihutiye kureka Imana yabahamagaye ibitewe n’ubuntu mwagiriwe na Kristo, maze mukemera ubundi butumwa.

7 Mu by’ukuri nta bundi butumwa bwiza bubaho, ahubwo ni abantu bahagurukiye kubatera imidugararo, bashaka guhindagura Ubutumwa bwiza bwa Kristo.

8 Ariko hagize undi ubagezaho ubutumwa buciye ukubiri n’ubwo twabagejejeho, yaba uwo muri twe cyangwa umumarayika uvuye mu ijuru, Imana imuvume!

9 Nk’uko twari twarabivuze na none nongeye kubisubiramo, hagize umuntu ubagezaho ubutumwa buciye ukubiri n’ubwo mwakiriye, Imana imuvume!

10 Mbese ubu naba nshaka gushimwa n’abantu cyangwa gushimwa n’Imana? Ese ubu mparanira kunezeza abantu? Oya. Iyo mba nkigamije kunezeza abantu sinajyaga kuba umugaragu wa Kristo.

Uko Pawulo yabaye Intumwa ya Kristo

11 Bavandimwe, ndabamenyesha ko Ubutumwa bwiza nabatangarije rwose budakomoka ku bantu.

12 Nta muntu n’umwe wigeze abungezaho, nta n’umwe wabunyigishije, ahubwo nabuhishuriwe na Yezu Kristo.

13 Mwumvise amatwara nari mfite kera nkiri mu idini ya kiyahudi. Muzi ko natotezaga Umuryango w’Imana bikabije, mparanira kuwutsemba.

14 Nateraga imbere mu by’idini ya kiyahudi kurusha benshi bo muri bene wacu b’Abayahudi b’urungano, nkarwana ishyaka bihambaye nshyira imbere imihango twasigiwe na ba sogokuruza.

15 Nyamara Imana yo yantoranyije ntaravuka ikampamagara ibitewe n’ubuntu bwayo, yishimiye

16 kumpishurira Umwana wayo kugira ngo mwamamaze mu batari Abayahudi. Ni ko guhaguruka nta we niriwe ngisha inama,

17 habe no kujya i Yeruzalemu ngo mbaze abantanze kuba Intumwa ya Kristo, ahubwo nerekeje muri Arabiya nyuma nsubira i Damasi.

18 Hashize imyaka itatu mbona kujya i Yeruzalemu gusura Petero, marana na we ibyumweru bibiri.

19 Nta yindi Ntumwa ya Kristo nigeze kubona, uretse Yakoboumuvandimwe wa Nyagasani Yezu.

20 Ibyo mbandikiye ni ukuri, Imana ni yo ntanze ho umugabo.

21 Hanyuma nagiye mu ntara ya Siriya n’iya Silisiya.

22 Icyo gihe abo mu matorero ya Kristo yo muri Yudeya bari bataranca iryera.

23 Bari barumvise gusa inkuru ngo: “Wa wundi wadutotezaga asigaye yamamaza ubutumwa bwemeza abantu Kristo, kandi ari bwo yarwanyaga.”

24 Nuko ibyambayeho bibatera gusingiza Imana.

—https://api-cdn.youversionapi.com/audio-bible-youversionapi/126/32k/GAL/1-3270d4edf41c9cd6f48ab9cb40c207ef.mp3?version_id=387—

Categories
Abanyagalati

Abanyagalati 2

Pawulo n’izindi Ntumwa za Kristo

1 Nyuma y’imyaka cumi n’ine nsubira i Yeruzalemu hamwe na Barinaba, na Tito turamujyana.

2 Icyanteye kujyayo ni uko Imana yari yabimpishuriye. Nuko nihererana n’abitwaga abayobozi baho, mbasobanurira ibyerekeye Ubutumwa bwiza ngeza ku batari Abayahudi. Kwari ukugira ngo ntaba nararuhiye ubusa cyangwa ngo ejo ntazaruhira ubundi.

3 Yewe na Tito wamperekeje utari Umuyahudi, habe ngo ahatirwe gukebwa.

4 Icyakora aba yarakebwe bitewe na bamwe biyita abavandimwe, bacengeye muri twe rwihishwa. Abo bari bagendereye kugenzura ukwishyira ukizana dufite muri Kristo Yezu, kugira ngo badushyire mu buja.

5 Nta bwo twigeze tubabererekera na gato, kugira ngo ukuri k’Ubutumwa bwiza kugume muri mwe kudahinyutse.

6 Ku byerekeye ba bandi bitwa abayobozi – icyo bari cyo nta cyo bindebaho, kuko Imana itita ku busumbane bw’abantu – abo ngabo nta kintu gishya bantegetse.

7 Ahubwo na bo babonye ko Imana yanshinze umurimo wo kugeza Ubutumwa bwiza ku batari Abayahudi, nk’uko yawushinze Petero mu Bayahudi.

8 Koko Imana yampaye ububasha bwo kuba Intumwa yayo ku batari Abayahudi, kimwe n’uko yabuhaye Petero ngo abe Intumwa ku Bayahudi.

9 Yakobo na Petero na Yohani bitwa inkingi z’Umuryango w’Imana, bamaze kuzirikana ubwo buntu Imana yangiriye, jye na Barinaba badukora mu ntoki. Icyo kiba ikimenyetso cy’ubufatanye, kugira ngo twe tujye mu batari Abayahudi, naho bo bagume mu Bayahudi.

10 Icyo badusabye gusa ni ukwibuka abakene kandi nanjye ibyo nashishikariye kubikora.

Petero ageze Antiyokiya, Pawulo amugayira mu ruhame

11 Icyakora ubwo Petero yazaga Antiyokiyanamurwanyije ku mugaragaro, kuko yari yigayishije.

12 Mbere y’uko abantu baturutse kwa Yakobo bahagera, Petero yasangiraga n’abatari Abayahudi. Aho baziye yigira nyoni nyinshi, areka gukomeza gusangira na bo kuko yatinyaga abavugaga ko gukebwa ari ngombwa.

13 N’abandi Bayahudi batangira kugenza nka we, ku buryo na Barinaba yakurikije urwo rugero rw’uburyarya.

14 Nuko mbonye ko badakurikiza ukuri k’Ubutumwa bwiza, ni ko kubwira Petero mu ruhame nti: “Niba wowe w’Umuyahudi warifataga nk’abatari bo ugata umurongo w’idini ya kiyahudi, ubu se bishoboka bite ko wahatira abatari Abayahudi kwifata nk’Abayahudi?”

Abatari Abayahudi kimwe n’Abayahudi bakizwa ku buntu

15 Twebwe turi Abayahudi kavukire, ntituri “abavamahanga b’abanyabyaha.”

16 Nyamara tuzi ko umuntu atagirwa intungane no gukora ibyategetswe n’Amategeko, ahubwo agirwa intungane imbere y’Imana no kwemera Kristo Yezu. Ndetse natwe twemeye Kristo Yezu kugira ngo tugirwe intungane tubitewe no kumwemera, tutabitewe no gukora ibyategetswe n’Amategeko. Erega nta muntu ugirwa intungane abitewe no gukora ibyategetswe n’Amategeko!

17 Ariko rero niba dushaka kugirwa intungane tubikesha Kristo, kandi tukaboneka ko natwe turi abanyabyaha, byaba se bivuga ko Kristo ari we utuma abantu bakora ibyaha? Ntibikabeho!

18 Nanjye nsubiye kugengwa n’Amategeko, byasa no kongera kubaka ibyo namaze gusenya, bityo na none nkaba nigize uwica amategeko.

19 Ku byerekeye kugengwa n’Amategeko, jye narapfuye mu ruhande rw’Amategeko, kugira ngo noneho mbeho ngengwa n’Imana.

20 Nabambanywe na Kristo ku musaraba ku buryo atari jye ukiriho, ahubwo ari Kristo uriho muri jye. Imibereho yanjye yo muri iki gihe nyikesha kwizera Umwana w’Imana, wankunze akampfira.

21 Sinirengagiza ubuntu bw’Imana, kuko niba ari Amategeko ahesha umuntu gutunganira Imana, noneho urupfu rwa Kristo rwaba rubaye impfabusa.

—https://api-cdn.youversionapi.com/audio-bible-youversionapi/126/32k/GAL/2-a37d70fb30d2d25aa3ee3e18b6f69161.mp3?version_id=387—