Categories
1 Abanyakorinti

1 Abanyakorinti 12

Impano zitangwa na Mwuka Muziranenge

1 Bavandimwe, sinshaka ko mwayoberwa ibyerekeye impano za Mwuka.

2 Muzi yuko igihe mwari mutaremera Kristo, mwari mwaratwawe mutabizi ngo musenge ibigirwamana bitavuga.

3 Ni cyo gituma mbamenyesha yuko nta muntu uyoborwa na Mwuka w’Imana wavuga ati: “Yezu navumwe!” Nta wavuga kandi ati: “Yezu ni Nyagasani”, atabiheshejwe na Mwuka Muziranenge.

4 Hariho impano z’uburyo bwinshi, nyamara Mwuka uzitanga ni umwe.

5 Hariho uburyo bwinshi bwo gukorera Imana, nyamara Nyagasani ukorerwa ni umwe.

6 Hariho imikorere y’uburyo bwinshi, nyamara Imana ikorera byose muri bose ni imwe.

7 Mwuka w’Imana yigaragariza mu mpano aha buri muntu, kugira ngo bigirire bose akamaro.

8 Mwuka aha umwe kuvuga ijambo ry’ubwenge, undi uwo Mwuka akamuha kuvuga ijambo ry’ubumenyi.

9 Undi uwo Mwuka akamuha kwizera Imana, undi uwo Mwuka umwe akamuha impano zo gukiza indwara.

10 Undi akamuha gukora ibitangaza, undi akamuha guhanura ngo avuge ibyo ahishuriwe, undi akamuha kugenzura uvuga niba avugishwa n’ingabo za Satani cyangwa na Mwuka w’Imana. Undi akamuha kuvuga mu ndimi zindi, undi akamuha gusobanura izo ndimi.

11 Byongeye kandi Mwuka ukora ibyo byose ni umwe rukumbi, agaba impano uko ashaka kuri buri muntu.

Umubiri umwe, ingingo nyinshi

12 Umubiri w’umuntu ni umwe, ariko ukagirwa n’ingingo nyinshi nubwo ari nyinshi, izo ngingo zose zikaba zigize umubiri umwe. Ni ko bimeze no kuri Kristo.

13 Twaba Abayahudi cyangwa se abatari Abayahudi, twaba inkoreragahato cyangwa se abishyira bakizana, twese twabatirijwe muri Mwuka umwe ngo tube ingingo z’umubiri umwe, kandi twese twahawe kunywera ku isōko imwe ari yo Mwuka w’Imana.

14 Koko rero umubiri ntugizwe n’urugingo rumwe gusa, ahubwo ugizwe na nyinshi.

15 Ikirenge kivuze kiti “Ubwo ntari ikiganza sindi urugingo rw’umubiri,” si byo byatuma kitaba rwo.

16 N’ugutwi kuvuze kuti: “Ubwo ntari ijisho sindi urugingo rw’umubiri,” si byo byatuma kutaba rwo.

17 Mbese iyo umubiri wose ujya kuba ijisho, umuntu yari kumva ate? Iyo umubiri wose ujya kuba ugutwi, umuntu yari guhumurirwa ate?

18 Ubusanzwe Imana yashyizeho buri rugingo mu mwanya warwo uko ishaka.

19 Mbese iyo zose zijya kuba urugingo rumwe, umubiri wari kubaho ute?

20 Ubusanzwe hariho ingingo nyinshi, ariko umubiri ni umwe.

21 Ijisho ntiryabwira ikiganza riti: “Singukeneye!” n’umutwe ntiwabwira ibirenge uti: “Simbakeneye!”

22 Ahubwo ingingo z’umubiri zigaragara ko ari inyantege nke ni zo zikenerwa cyane.

23 Ingingo zo ku mubiri dukeka ko zisuzuguritse ni zo twubaha kuruta izindi, kandi izidashyirwa ku mugaragaro ni zo twitaho cyane,

24 naho iziteye neza ntizikeneye kwitabwaho. Imana yahuje ingingo z’umubiri ku buryo yarushijeho guha icyubahiro ingingo zari zikibuze,

25 kugira ngo ingingo z’umubiri zitiremamo ibice, ahubwo kugira ngo zose ziterane inkunga.

26 Iyo urugingo rumwe rubabaye zose zibabarana na rwo, naho iyo rumwe ruhawe icyubahiro, izindi na zo zirishima.

27 Nuko rero mwese hamwe mugize umubiri wa Kristo, kandi buri muntu ni urugingo rwawo.

28 Dore abo Imana yashyizeho mu Muryango wayo: ubwa mbere yashyizeho Intumwa za Kristo, ubwa kabiri abahanuzi bavuga ibyo bahishuriwe, ubwa gatatu abigisha, hanyuma ishyiraho abakora ibitangaza, abafite impano zo gukiza indwara, abafasha abandi, abayobozi n’abavuga indimi zindi.

29 Mbese bose ni ko ari intumwa za Kristo? Ese ni ko bose ari abahanuzi? Mbese ni ko bose ari abigisha? Ese bose ni ko bakora ibitangaza?

30 Mbese ni ko bose bafite impano zo gukiza indwara? Ese bose ni ko bavuga indimi zindi? Cyangwa se ni ko basobanura izo ndimi?

31 Nuko rero nimuharanire impano zisumba izindi.

Nanjye kandi ndabarangira inzira ihebuje.

—https://api-cdn.youversionapi.com/audio-bible-youversionapi/126/32k/1CO/12-7d86fb6e34e24ff65ca49bfb4dac264c.mp3?version_id=387—

Categories
1 Abanyakorinti

1 Abanyakorinti 13

Urukundo

1 Nubwo navuga indimi z’abantu n’iz’abamarayika ariko singire urukundo, naba meze nk’ingoma inihira cyangwa inzogera irangīra.

2 Kandi nubwo nagira impano yo guhanura, nkamenya amabanga yose no gusobanukirwa ibintu byose, ndetse nkagira ukwizera guhagije kwatuma ntegeka imisozi ngo ive aho iriariko singire urukundo, nta cyo naba ndi cyo.

3 Nubwo natanga ibyo ntunze byose ngo bihabwe abakene, ndetse nanjye ubwanjye nkitanga ngo ntwikweariko singire urukundo, nta cyo byamarira.

4 Urukundo rurihangana rukagira neza, urukundo ntirugira ishyari, ntirwirarira kandi ntirwihimbaza.

5 Urukundo ntirukoza isoni, ntirwikanyiza, ntirwivumbura, ntirugira inzika,

6 ntirwishimira ibibi abandi bakora, ahubwo rwishimira ukuri.

7 Urukundo rwihanganira byose, muri byose rukemera Imana, rukiringira kandi rukiyumanganya.

8 Urukundo ruzahoraho. Impano yo guhanura izakurwaho, iyo kuvuga indimi zindi izarangira, iy’ubumenyi izakurwaho.

9 Koko rero ubumenyi bwacu ni igicagate, n’uguhanura kwacu ni igicagate.

10 Ariko nihaza ibyuzuye, ibicagase bizakurwaho.

11 Nkiri umwana navugaga nk’umwana, ngatekereza nk’umwana nkibwira nk’umwana. Ariko aho mariye gukura iby’ubwana ndabireka.

12 Ibyo tureba ubu bimeze nk’ibiboneka mu ndorerwamo itabona neza, ariko icyo gihe tuzarebana duhanganye. Ubu ibyo nzi ni igicagate, ariko icyo gihe nzaba mbizi byimazeyo nk’uko Imana inzi.

13 Ubu rero hagumyeho ibi uko ari bitatu: ukwemera Kristo, ukwiringira n’urukundo, ariko ikibiruta byose ni urukundo.

—https://api-cdn.youversionapi.com/audio-bible-youversionapi/126/32k/1CO/13-ef990061efeda89ea6e1f5f172f57964.mp3?version_id=387—

Categories
1 Abanyakorinti

1 Abanyakorinti 14

Impano za Mwuka Muziranenge

1 Noneho mushishikarire kugira urukundo. Mwifuze kandi impano za Mwuka, ariko cyane cyane impano yo guhanura ngo muvuge ibyo muhishuriwe n’Imana.

2 Uvuga indimi zindi ntaba abwira abantu, ahubwo aba abwira Imana kuko nta wumva icyo avuga. Aba avuga amabanga akesha Mwuka.

3 Nyamara umuntu uhanura aba abwira abantu amagambo yo kubaka ubugingo bwabo no kubakomeza no kubahumuriza.

4 Umuntu uvuga indimi zindi aba yubaka ubugingo bwe wenyine, ariko uhanura aba yubaka ubw’Umuryango w’Imana.

5 Nakwifuza ko mwese muvuga indimi zindi, ariko cyane cyane nakunda ko muhanura kuko uhanura arusha agaciro uvuga indimi zindi, keretse uzivuga aramutse azisobanuye kugira ngo byubake ubugingo bw’Umuryango w’Imana.

6 Ni ko se bavandimwe, ndamutse nje iwanyu mvuga indimi zindi byabamarira iki? Nta cyo keretse mbabwiye ibyo Imana yampishuriye cyangwa ibyo yampaye kumenya, cyangwa ibyo yantumye kubahanurira cyangwa kubigisha.

7 Dutange urugero ku bintu bivuzwa nk’imyironge, cyangwa ibicurangwa nk’inanga. Mbese iyo bavugije umwironge cyangwa bagacuranga, wamenya ute indirimbo iyo ari yo niba amajwi yayo adasobanutse?

8 Ikindi, uvuza ihembe narivuza binyuranyije no gutabaza, ni nde uzitegura kujya ku rugamba?

9 No kuri mwe ni uko bimeze, mbese nimuvuga ururimi rundi ibyo muvuze bizamenyekana bite? Muzamera nk’abagosorera mu rucaca.

10 Indimi zo ku isi nubwo ari nyinshi cyane, nta na rumwe rutagira icyo rusobanura.

11 Nyamara ntasobanukiwe icyo umuntu avuze, mba mbaye umunyamahanga kuri we, na we bikaba bityo.

12 None rero ubwo namwe muhirimbanira kugira impano za Mwuka, muharanire cyane cyane izakubaka ubugingo bw’Umuryango w’Imana.

13 Ni yo mpamvu uvuga ururimi rundi agomba gusaba Imana ngo imuhe no kurusobanura.

14 Nuko rero iyo nsenga mu rurimi rundi, mba nsenga mvugishwa na Mwuka ubwenge bwanjye bwihagarariye.

15 None se mbigenze nte? Rimwe nzajya nsenga mvugishwa na Mwuka, ubundi nsenge ntekereza ibyo mvuga. Rimwe nzajya ndirimba ndirimbishwa na Mwuka, ubundi ndirimbe ntekereza ibyo ndirimba.

16 Mbese uramutse ushimiye Imana uvugishijwe na Mwuka, mu ikoraniro hakaba haje umuntu utaramenyera ibyanyu, yabasha ate kwikiriza ati: “Amina” kandi atazi ko ushimiye Imana?

17 Yee, waba ushimiye Imana neza ariko uwo muntu nta cyo biba bimwunguye.

18 Ndashimira Imana ko mwese mbarusha kuvuga indimi zindi.

19 Ariko mu ikoraniro nakunda kuvuga amagambo atanu yumvikana kugira ngo nigishe abandi, kuruta kuvuga amagambo ibihumbi n’ibihumbi mu rurimi rundi.

20 Bavandimwe, ntimukabe abana mu mitekerereze yanyu, icyakora ku byerekeye ubugizi bwa nabi mube nk’abana bato koko, naho mu mitekerereze mube nk’abantu bakuze.

21 Mu gitabo cy’Amategeko handitse ibyo Nyagasani yavuze ngo

“Nzabwira aba bantu,

mbatumyeho abavuga izindi ndimi,

mbabwize akanwa k’abanyamahanga,

nyamara kandi ntibazantega amatwi.”

22 Nuko rero kuvuga indimi zindi ni ikimenyetso kitagenewe abemera Kristo ahubwo cyagenewe abatamwemera, naho guhanura si ikimenyetso cy’abatamwemera ahubwo ni icy’abamwemera.

23 Mbese ikoraniro ryose riramutse rivugiye icyarimwe mu ndimi zindi, hakinjira abantu batamenyereye ibyo cyangwa batemera Kristo, ntibabita abasazi?

24 Nyamara bose baramutse bahanuye, hakinjira utemera Kristo cyangwa utamenyereye ibyanyu, azumva bose bamwemeza ibyaha bye, bose bamucira n’urubanza.

25 Ibihishwe mu mutima we bizashyirwa ahagaragara, maze yikubite hasi aramye Imana avuge ati: “Koko Imana iri kumwe namwe.”

Gahunda ikwiriye kuba mu makoraniro

26 None se bavandimwe, bikwiye kumera bite? Igihe mukoraniye hamwe umwe afite indirimbo, undi inyigisho, undi ibyo ahishuriwe, undi ibyo kuvuga mu rurimi rundi, undi ibyo kurusobanura. Byose bibereho kubaka ubugingo bw’Umuryango w’Imana.

27 Hagize abavuga indimi zindi havuge babiri cyangwa batatu gusa, kandi bavuge umwe umwe ndetse habeho n’usobanura ibyo bavuze.

28 Ariko nihabura usobanura ntihakagire uvuga ururimi rundi mu ikoraniro, ahubwo urufite niyibwire mu mutima, abwire n’Imana.

29 Naho abahanura havuge babiri cyangwa batatu, abandi bagenzure ibyo bavuze.

30 Igihe umwe avuga undi akagira icyo ahishurirwa n’Imana, uwavugaga abe aretse.

31 Mwese mubasha guhanura ariko mubikore umwe umwe, kugira ngo mwese bibigishe kandi bibakomeze.

32 Abahanura ni bo bagenga impano bahawe.

33 Imana si iy’imivurungano ahubwo ni iy’amahoro.

Nk’uko bisanzwe mu matorero yose y’intore za Kristo,

34 abagore bajye bacecekera mu makoraniro. Ntibafite uburenganzira bwo kuvuga, ahubwo bemere gutegekwa nk’uko n’Amategeko abivuga.

35 Baramutse bafite icyo bashaka kubaza, babarize abagabo babo imuhira kuko biteye isoni ko umugore avugira mu ikoraniro.

36 Mbese muribwira ko Ijambo ry’Imana ari mwe rikomokaho, cyangwa ko ari mwe ryagezeho mwenyine?

37 Niba muri mwe hari umuntu utekereza ko ari umuhanuzi cyangwa ko ayoborwa na Mwuka, amenye ko ibi mbandikiye ari itegeko rya Nyagasani.

38 Ariko nihagira umuntu utita kuri ibyo, namwe ntimukamwiteho.

39 Bityo rero bavandimwe, muharanire iyo mpano yo guhanura, kandi ntimukagire uwo mubuza kuvuga indimi zindi.

40 Nyamara byose bikorwe uko bikwiye muri gahunda.

—https://api-cdn.youversionapi.com/audio-bible-youversionapi/126/32k/1CO/14-fae84172dd6bf15445c97fd178fead87.mp3?version_id=387—

Categories
1 Abanyakorinti

1 Abanyakorinti 15

Izuka rya Kristo

1 Bavandimwe, ndashaka kubibutsa Ubutumwa bwiza nabagejejeho, mukabwakira mukabukomeraho

2 Ubwo Butumwa ni bwo bubahesha agakiza niba mubukomeyeho nk’uko nabubabwiye, naho ubundi ukwizera kwanyu kwaba ari impfabusa.

3 Ubutumwa bw’ingenzi nabanje kubagezaho ni ubu: Kristo yapfuye azize ibyaha byacu nk’uko Ibyanditswe bivuga.

4 Yarahambwe maze ku munsi wa gatatu arazuka, nk’uko byari byaranditswe.

5 Abonekera Petero, abonekera na za Ntumwa ze cumi n’ebyiri.

6 Nyuma abonekera icyarimwe abavandimwe basāga magana atanu, bamwe muri bo barapfuye ariko abenshi na n’ubu baracyariho.

7 Hanyuma abonekera Yakobo, abonekera n’Intumwa ze zose.

8 Nuko nyuma y’abo bose nanjye arambonekera, kandi meze nk’uwavutse atagejeje igihe.

9 Koko ni jye muto mu Ntumwa za Kristo, ndetse sinkwiriye kwitwa Intumwa ye kuko natoteje abo mu Muryango w’Imana.

10 Nyamara ubuntu nagiriwe n’Imana ni bwo bwatumye mba uko ndi uku, kandi ubwo buntu ntibwapfuye ubusa. Ahubwo nashishikariye gukora kurusha abo bose, ariko atari jye wikoresha ahubwo ari bwa buntu bw’Imana.

11 Nuko rero yaba jye cyangwa bo, ubwo ni bwo Butumwa dutangaza kandi ni na bwo mwemeye.

Abapfuye bazazuka

12 None se ubwo byamamazwa ko Kristo yazutse, abo muri mwe bavuga ko abapfuye batazazuka babiterwa n’iki?

13 Niba abapfuye batazazuka, ni ukuvuga ko Kristo na we atazutse.

14 Byongeye kandi niba Kristo atazutse, Ubutumwa twamamaza bwaba ari ubusa kandi ibyo mwizera na byo byaba ari ubusa.

15 Ndetse natwe twaba tubaye nk’abahimbiye Imana, kuko twahamije ko yazuye Kristo kandi atari ko biri niba koko abapfuye batazazuka.

16 Niba abapfuye batazazuka, Kristo na we ntiyazutse.

17 Ikindi kandi niba Kristo atarazutse mwaba mwizeye ubusa, mwaba mukiri mu byaha byanyu.

18 Ndetse n’abapfuye bizeye Kristo baba bararimbutse.

19 Niba kwiringira Kristo bidufitiye akamaro tukiriho gusa, twaba turi abantu bo kugirirwa impuhwe kurusha abandi bose.

20 Ariko mu by’ukuri Kristo yarazutse, atubera umuganura w’abapfuye bazazuka.

21 Nk’uko urupfu rwazanywe n’umuntu umwe, ni na ko kuzuka kw’abapfuye kwazanywe n’umuntu umwe.

22 Nk’uko abo mu rubyaro rwa Adamu bose bapfa, ni ko abo muri Kristo bose bazabaho.

23 Buri wese azabigeraho mu rwego rwe. Habanje umuganura wo kuzuka ari we Kristo, noneho abayobotse Kristo bazabona kuzuka igihe azaba aje.

24 Nyuma hazaza imperuka, Kristo atsembe ibyitwa ibinyabutware n’ibinyabushobozi n’ibinyabubasha, maze abone gushyikiriza Imana Se ubwami.

25 Kristo agomba kwima ingoma, Imana na yo izamutsindira abanzi bose ibashyire munsi y’ibirenge bye.

26 Umwanzi uzaheruka gutsembwa ni urupfu.

27 Koko kandi Ibyanditswe bivuga ngo: “Imana yamuhaye kugenga ibintu byose.” Icyakora igihe bivugwa ko Imana yamuhaye kugenga byose, birumvikana ko yo itabibarirwamo.

28 Noneho ubwo Umwana w’Imana azaba amaze kwegurirwa byose, ni ho na we aziyegurira Iyamweguriye byose, bityo Imana igenge byose ku buryo bwuzuye.

29 Bitabaye bityo twibaze kuri ba bandi babatirizwa abamaze gupfa. Niba koko abapfuye batazazuka, baterwa n’iki kubabatirizwa?

30 Natwe kandi ni iki gituma duhara amagara yacu buri gihe?

31 Buri munsi mpora mpanganye n’urupfu – bavandimwe, ibyo ni ko biri mbitewe n’ishema muntera kubera Umwami wacu Yezu Kristo.

32 Biba byaramariye iki kurwana n’inyamaswa muri Efezi, iyo nza guharanira inyungu yo kuri iyi si gusa? Yemwe, niba abapfuye batazazuka dukurikize ya mvugo ngo:, “Nimureke twirire kandi twinywere kuko ejo tuzapfa.”

33 Ntihakagire ubayobya: “Kubana n’ababi byonona ingeso nziza” (nk’uko umwe yavuze).

34 Mwisubireho mwifate uko bikwiye, mureke gucumura. Erega bamwe muri mwe ntibamenye Imana, ibyo mbivugiye kubakoza isoni!

Imibiri y’abazazuka

35 Ahari hari uwabaza ati: “Abapfuye bazurwa bate? Bazazukana imibiri iteye ite?”

36 Mbega ubupfu! Icyo utera nticyamera kitabanje gupfa.

37 Kandi rero urwo utera ntirusa n’icyo ruzera hanyuma, ahubwo ni urubuto bubuto, rwaba ingano cyangwa urundi rwose.

38 Ariko buri rubuto iyo rumaze guterwa, Imana iruha ishusho yarugeneye, rumwe ukwarwo urundi ukwarwo uko amoko y’imbuto angana.

39 No ku bifite umubiri n’amaraso ni ko biri: icyitwa umubiri cyose si kimwe. Umuntu agira umubiri usa ukwawo, n’inyamaswa ikagira umubiri usa ukwawo, inyoni na yo ni uko n’ifi na yo ni uko.

40 Hari ibyaremwe byo mu ijuru n’ibindi byo ku isi. Ubwiza bw’ibyo mu ijuru buteye ukwabwo, n’ubw’ibyo ku isi buteye ukwabwo.

41 Izuba rifite ukurabagirana kwaryo, ukwezi kukagira ukwako, n’inyenyeri zikagira ukwazo. Ndetse inyenyeri ntizihwanyije kurabagirana.

42 Ni na ko bimera mu kuzuka kw’abapfuye. Umubiri ushyirwa mu butaka ni umurambo wo kubora, ariko uzazuka utakiri uwo kubora.

43 Ushyirwa mu butaka usuzuguritse ariko uzazukana ikuzo, ushyirwa mu butaka ufite intege nke ariko uzazukana imbaraga,

44 ushyirwa mu butaka ari umubiri upfa ariko uzazuka ari umubiri utangwa na Mwuka. Ubwo habaho imibiri ipfa, habaho n’imibiri itangwa na Mwuka.

45 Ni na ko Ibyanditswe bivuga ngo: “Umuntu wa mbere Adamu aba muzima”, naho Adamu wa nyuma (Kristo) yabaye Mwuka utanga ubugingo.

46 Ufite umubiri utangwa na Mwuka si we wabanje, ahubwo habanje ufite umubiri upfa, haheruka ufite umubiri utangwa na Mwuka.

47 Adamu wa mbere yaremwe mu gitaka agizwe n’igitaka, naho Adamu wa kabiri yavuye mu ijuru.

48 Abafite imibiri ivanywe mu gitaka bateye nka wa mukurambere wabo wavanywe mu gitaka, naho abafite ubugingo bwo mu ijuru bateye nka wa Muntu wavuye mu ijuru.

49 Noneho rero nk’uko twagiranye isano na wa muntu w’igitaka, ni ko tuzagiranaisano na wa Muntu w’ijuru.

50 Nuko bavandimwe, icyo nshaka kuvuga ni iki: umubiri n’amaraso ntibibasha guhesha umuntu umugabane ku bwami bw’Imana, kandi ibibora ntibyamuhesha umugabane ku bitabora.

51-52 Reka mbabwire ibanga: ntituzapfa twese. Ariko ubwo impanda y’imperuka izavuga tuzahinduka twese, kandi bizaba mu kanya gato nk’ako guhumbya. Impanda izavuga abapfuye bahite bazurwa batagifite imibiri ibora, natwe duhindurwe.

53 Ni ngombwa ko twebwe abafite imibiri ibora twambikwa itazabora, kandi ko twebwe abafite imibiri ipfa twambikwa itazapfa.

54 Ndetse twebwe ab’imibiri ipfa ikabora, nitumara kwambikwa idapfa ntinabore ni bwo bizaba nk’uko rya jambo ryanditse ngo:

“Urupfu ruratsinzwe burundu!”.

55 “Wa rupfu we, ugutsinda kwawe kuri he?

Wa rupfu we, urubori rwawe ruri he?”

56 Koko kandi ibyaha ni byo rubori rw’urupfu, naho igituma ibyaha bituganza kikaba Amategeko.

57 Ariko Imana ishimirwe ko iduha gutsinda kubera Umwami wacu Yezu Kristo.

58 Bityo rero bavandimwe nkunda, nimukomere. Ntimugire ikibahungabanya. Murusheho gushishikarira gukorera Nyagasani, muzi ko muri we imvune zanyu atari impfabusa.

—https://api-cdn.youversionapi.com/audio-bible-youversionapi/126/32k/1CO/15-d69da62b253cbf1c4c756cf488d37707.mp3?version_id=387—

Categories
1 Abanyakorinti

1 Abanyakorinti 16

Imfashanyo zo kunganira abavandimwe

1 Ibyerekeye imfashanyo zo kunganira intore z’Imana,mugenze nk’uko nategetse amatorero ya Kristo yo muri Galati.

2 Ku munsi wa mbere ari ho ku cyumweru, buri muntu wese muri mwe ajye agira icyo azigama akurikije amikoro ye agishyire iruhande, kugira ngo igihe nzaba nje mutazaba ari bwo muhugira mu byo guterateranya imfashanyo.

3 Ningera iwanyu rero nzaha abantu mwatoranyije inzandiko zo kubasohoza, bajyane imfashanyo zanyu i Yeruzalemu.

4 Nibiba ngombwa ko nanjye ngenda tuzajyana.

Imigambi ya Pawulo

5 Nzaza iwanyu nyuze muri Masedoniya, kuko ari ho nzanyura.

6 Birashoboka ko natinda iwanyu wenda nkaba naharangiriza amezi y’imbeho, kugira ngo mumfashe gukomeza urugendo rwanjye aho nzajya hose.

7 Sinifuza kubonana namwe huti huti ngo nkomeze urugendo. Nizeye kuzamara iwanyu iminsi, Nyagasani nabishaka.

8 Nzaguma ino muri Efezi kugeza mu gihe cya Pentekote.

9 Hano nugururiwe amarembo kugira ngo mpakore umurimo munini w’ingirakamaro, icyakora abandwanya ni benshi.

10 Timoteyo naza muzamwakire ku buryo atagira icyo yishisha ari iwanyu, kuko na we akorera Nyagasani nkanjye.

11 Nuko rero ntihazagire umusuzugura, ahubwo muzamufashe akomeze urugendo rwe amahoro angereho, kuko jye n’abandi bavandimwe tumutegereje.

12 Ibyerekeye umuvandimwe Apolo, namusabye nkomeje ngo azazane iwanyu n’abandi bavandimwe ariko ntashaka na busa kuzaubungubu, icyakora nabona uburyo azaza.

Andi mabwiriza n’intashyo

13 Mube maso mwishingikirije ku uwo twemera, mube abagabo b’intwari kandi mukomere.

14 Icyo mukora cyose mugikorane urukundo.

15-16 Ikindi bavandimwe, muzi ko ab’urugo rwa Sitefana ari bo babimburiye abandi bo muri Akaya kwemera Kristo, bakitangira kunganira intore z’Imana. Ndabinginze mwemere kugengwa na bene abo, kimwe n’abandi bafatanyije umurimo n’umuruho.

17 Byaranshimishije kubona Sitefana na Foritunato na Akayiku baje, bankoreye icyo mwajyaga gukora iyo muhaba.

18 Ari jye ari namwe baturemye agatima. Mujye mushima abameze batyo.

19 Abo mu matorero ya Kristo yo muri Aziya barabaramutsa. Akwila na Purisila hamwe n’itorero rikoranira mu rugo rwabo, barabaramutsa mu izina rya Nyagasani.

20 Abavandimwe bose barabaramutsa. Namwe muramukanye muhoberanaku buryo butagira amakemwa.

21 Jyewe Pawulo ndabatashya. Ibi ni jye ubyiyandikiye n’ukwanjye kuboko.

22 Nihagira udakunda Nyagasani avumwe!

“Marana ta”, ni ukuvuga ngo: “Ngwino Nyagasani.”

23 Nyagasani Yezu nagumye kubagirira ubuntu.

24 Ni jye ubakunda mwese ku bwa Kristo Yezu.

—https://api-cdn.youversionapi.com/audio-bible-youversionapi/126/32k/1CO/16-a4bcb002fe97cd197210e4ab3c5a739d.mp3?version_id=387—

Categories
2 Abanyakorinti

2 Abanyakorinti 1

Indamutso

1 Jyewe Pawulo, Intumwa ya Kristo Yezu nk’uko Imana yabishatse, hamwe n’umuvandimwe Timoteyo, turabandikiye mwebwe itorero ry’Imana riri i Korinti, hamwe n’intore zayo zose ziri muri Akaya yose.

2 Imana Data nibagirire ubuntu ibahe n’amahoro, ifatanyije na Nyagasani Yezu Kristo.

Pawulo ashimira Imana

3 Dushimire Imana, Se w’Umwami wacu Yezu Kristo. Ni yo mubyeyi nyir’impuhwe, ni Imana ihumuriza abayo uko byamera kose.

4 Ni yo iduhumuriza mu makuba yacu yose, kugira ngo natwe dushobore guhumuriza abandi bayafite bose, tubahumuriza uko natwe Imana yaduhumurije.

5 Bityo rero nk’uko imibabaro ya Kristo itugeraho bikabije, ni na ko iduhumuriza bihebuje ikoresheje Kristo.

6 Igihe twe tubabazwa ni ukugira ngo mwe Imana ibahumurize inabakize, kandi igihe Imana iduhumuriza ni ukugira ngo namwe ibahumurize, ibashoboze kwihanganira iyo mibabaro dusangiye.

7 Ntidutezuka kwiringira Imana ku bwanyu, tuzi ko dusangiye guhumurizwa na yo kimwe n’uko dusangiye imibabaro.

8 Bavandimwe, turashaka ko mumenya amakuba twagiriye mu ntara ya Aziya. Yari menshi bikabije, ntiyari ayo kwihanganirwa ku buryo twihebye, ntitwaba tukiringiye kubaho.

9 Ubirebye twabaye nk’abaciriwe urwo gupfa, kwari ukugira ngo tutizera ububasha bwacu ahubwo twizere Imana izura abapfuye.

10 Ni yo yaturokoye urupfu rukomeye, rutyo rwose izanaturokora. Erega ni yo twiringiye, izongera iturokore

11 kuko namwe mufatanyije natwe mukaba mudusabira! Bityo kubera amasengesho y’abantu benshi, Imana izatugirira ubuntu bitume benshi bayishimira ku bwacu.

Pawulo yunguka indi migambi

12 Ngiki ikidutera ishema: ni uko umutima wacu utwemeza ko twabaye kuri iyi si cyane cyane muri mwe, twiyorohejetutaryarya kandi tubikesha Imana. Ibyo ntitwabitewe n’ubwenge bw’abantu, ahubwo twabitewe n’ubuntu Imana itugirira.

13-14 Mu nzandiko zacu nta bindi tubandikira, bitari ibyo musoma kandi mukabisobanukirwa. Ariko nubwo ubu mwabisobanukirwa buhoro, niringiye ko iherezo muzabisobanukirwa neza. Bityo umunsi Umwami wacu Yezu azaza, tuzagira ishema ku bwanyu nk’uko namwe muzarigira ku bwacu.

15 Kuko nari nizeye ibyo nagize umugambi wo kuba ari mwe mbanza gusura, kugira ngo Imana ibagirire ubuntuubwa kabiri.

16 Nari nafashe umugambi wo kunyura iwanyu njya mu ntara ya Masedoniya, no kongera kubareba mvayo ngo mumfashe gukomeza urugendo rwanjyerwo kujya muri Yudeya.

17 Mbese muribwira yuko igihe nateganyaga ibyo nabikoze mpubutse? Cyangwa muribwira yuko mfata imigambi nk’ab’isi, ku buryo mbasha kuvuga nti: “Yego nzaza”, hanyuma nti: “Oya sinzaza”?

18 Imana ni yo ntanze ho umugabo: ntabwo twabarimanganyije tuti: “Yego”, kandi ngo: “Oya”.

19 Koko rero Kristo Yezu Umwana w’Imana twamamaje iwanyu – jye na Silasi na Timoteyo– ntabwo icyarimwe yaba “Yego” na “Oya”, ahubwo we nta kindi kimuvamo kitari “Yego”.

20 “Yego” ya Kristo ni yo cyemezo cy’amasezerano y’Imana uko angana, natwe rero akaduha kwikiriza tuti: “Amina” kugira ngo duheshe Imana ikuzo.

21 Twebwe namwe, Imana ubwayo ni yo idushoboza gukomera kuri Kristo. Ni na yo yadutoranyijengo dukore umurimo wayo,

22 kandi ikadushyiraho ikimenyetso kigaragaza ko turi abayo, mu mitima yacu ikaduha Mwuka wayo ho umusogongero w’ibyiza tuzahabwa.

23 Imana ni yo ntanzeho umugabo – niba mbeshya ibimpōre. Icyatumye ntongera kuza i Korinti kwari ukugira ngo ntabaremerera.

24 Erega si twe tubagenga ku byerekeye ibyo kuyoboka Kristo – musanzwe mukomeye kuri we! Ahubwo dukorana namwe kugira ngo mugire ibyishimo.

—https://api-cdn.youversionapi.com/audio-bible-youversionapi/126/32k/2CO/1-b7444fbb7cc09e5cfa34567d9babc901.mp3?version_id=387—

Categories
2 Abanyakorinti

2 Abanyakorinti 2

1 Koko niyemeje kutagaruka iwanyu kugira ngo ntongera kubatera agahinda.

2 None se ndamutse mbateye agahinda, jye ni ba nde bantera ibyishimo? Ese si mwebwe kandi ari mwe nateye agahinda?

3 Burya icyatumye mbandikirakwari ukugira ngo ningera iwanyu, ndaterwa agahinda n’abantu bagombaga kunshimisha. Mpamya ko igihe jye nishimye, namwe mwese muba mwishimye.

4 Koko nabandikiye ndi mu makuba menshi kandi mfite umutima uhagaze, ndetse mbogoza amarira menshi atari ukugira ngo mbatere agahinda, ahubwo ari ukugira ngo mbereke ukuntu mbakunda cyane.

Kubabarira uwagize nabi

5 Niba hariho umuntu wagize uwo atera agahinda, si jye yagateye ahubwo ni mwe mwese – cyangwa se ntakabije ni bamwe muri mwe.

6 Igihano abenshi muri mwe bahanishije uwo muntu kirahagije.

7 Ndetse ahasigaye mugomba kubabarira uwo muntu, mukamuhumuriza kugira ngo aticwa n’agahinda gakabije.

8 Ndabinginze rero mumwereke ko mumukunda.

9 Burya icyatumye mbandikira kwari ukugira ngo mbasuzume, ndebe ko mwumvira muri byose.

10 Iyo mubabariye umuntu, nanjye mba mubabariye. Koko kandi niba jye naragize icyo mubabarira – habaye impamvu ituma mubabarira – mba narabikoze ku bwanyu, Kristo ni we ntanze ho umugabo.

11 Bityo tuba tudahaye Satani urwaho rwo kutugusha mu mutego: erega ntituyobewe imigambi ye!

Uko Pawulo yahagaritse umutima igihe yari i Tirowa

12 Igihe nageraga i Tirowa njyanywe no kwamamaza Ubutumwa bwiza bwa Kristo, nasanze Nyagasani yaranyugururiye amarembo.

13 Icyakora nahagaritswe umutima cyane no gusanga umuvandimwe wanjye Tito adahari, ni ko kubasezeraho njya muri Masedoniya.

Kristo adushoboza gutsinda

14 Ariko Imana ishimwe yo iturangaza imbere, turi mu myiyereko y’ugutabaruka kwa Kristo. Ni yo ituma tugaragaza ibya Kristo ahantu hose, kugira ngo impumuro nziza yo kumumenya ikwire.

15 Koko rero turi nk’imibavu ihumura neza Kristo atura Imana, impumuro yayo ikagera ku bantu bakizwa no ku bahabye.

16 Ku bahabye ni impumuro y’urupfu ibibutsa ko bazapfa, ku bakizwa ni impumuro y’ubugingo ibibutsa ko bazabaho. Ese ubwo ni nde washobora gukora uwo murimo?

17 Twebwe ntitumeze nk’abantu benshi bafata Ijambo ry’Imana nk’igicuruzwa mu isoko. Ahubwo turivuga tutaryarya dutumwe n’Imana, turi imbere yayo muri Kristo.

—https://api-cdn.youversionapi.com/audio-bible-youversionapi/126/32k/2CO/2-635755fe22ed2201e4677725ea68ea24.mp3?version_id=387—

Categories
2 Abanyakorinti

2 Abanyakorinti 3

Abagaragu b’Imana b’Isezerano rishya

1 Mbese ibyo bivuga ko twongeye kwiyogeza? Cyangwa se dukeneye inzandiko zo kudusohoza kuri mwe, cyangwa izo twabaka tukazitwaza nk’uko bamwe babigenza?

2 Mwebwe ubwanyu ni mwe rwandiko rwanditswe ku mitima yacu, ruzwi na bose rugasomwa na bose.

3 Biragaragara ko muri urwandiko rwanditswe na Kristo akarudushinga. Urwo rwandiko ntirwanditswe hakoreshejwe wino, ahubwo rwanditswe hakoreshejwe Mwuka w’Imana nzima. Ibyo rwanditsweho si amabuye abaje, ahubwo ni imitima y’abantu.

4 Ibyo ni byo twemeza tubitewe no kwizera Imana tubikesha Kristo.

5 Ntitwakwibwira ko hari icyo dushobora gukora ubwacu, ahubwo ibyo dukora byose Imana ni yo ibidushoboza.

6 Ni yo yatugize abagaragu bayo ngo dukorere Isezerano rishya ridashingiye ku Mategeko yanditswe, ahubwo rishingiye kuri Mwuka. Amategeko yanditswe aricisha, naho Mwuka akabeshaho.

7 Ayo Mategeko inyuguti zayo zanditswe ku mabuye abaje. Nyamara kandi yaje aherekejwe n’ikuzo ry’Imana, ku buryo Abisiraheli batashoboye kwitegereza mu maso ha Musa, kubera iryo kuzo rirabagiranakandi ari ikuzo rishira. Ubwo Amategeko yari afite umurimo wo guteza abantu urupfu, kandi akaba afite ikuzo ringana rityo,

8 mbega ukuntu umurimo wa Mwuka uzarushaho kugaragaza ikuzo ry’Imana!

9 Ubwo Amategeko afite umurimo wo gucira abantu iteka kandi akaba afite ikuzo, mbega ukuntu umurimo utuma abantu batunganira Imana urushaho kugira ikuzo risesuye!

10 Ni ukuri ibyahoranye ikuzo nta kuzo bigifite, ubigereranyije n’ibisigaye bifite ikuzo risesuye.

11 Koko rero, ubwo ibyamaze akanya gato bigashira byahawe ikuzo, mbega ukuntu ibizahoraho bizarushaho kurihabwa!

12 Noneho ubwo dufite ibyo twiringira bingana bityo, ni cyo gituma dushira amanga cyane.

13 Ntitumeze nka Musa witwikiraga igitambaro mu maso, kugira ngo Abisiraheli batabona rya kuzo rishira.

14 Nyamara ibitekerezo byabo byahumiye ku mirari. No kugeza magingo aya cya gitambaro baracyacyitwikira mu maso, igihe basomerwa Isezerano rya Kera. Erega uri muri Kristo wenyine ni we kivanwaho!

15 Rwose no kugeza uyu munsi iyo umuntu abasomera igitabo cya Musa, cya gitwikirizo kiba kibambītse ku mitima yabo.

16 Ariko nk’uko Ibyanditswe bivuga: “Iyo umuntu ahindukiriyeNyagasani, icyo gitwikirizo gikurwaho.”

17 Nyagasani uvugwa aha ni Mwuka kandi aho Mwuka wa Nyagasani ari, ni ho haba kwishyira ukizana by’ukuri.

18 Twebwe twese rero dutwikuruwe mu maso turabagirana ikuzo rya Nyagasani. Bityo tugumya guhindurwa kugira ngo duse na we, tugahabwa ikuzo rigenda ryiyongera ubutitsa. Ibyo Mwuka wa Nyagasanini we ubikora.

—https://api-cdn.youversionapi.com/audio-bible-youversionapi/126/32k/2CO/3-5b4630d3be59c863f7267f7a1b9b4079.mp3?version_id=387—

Categories
2 Abanyakorinti

2 Abanyakorinti 4

Ubukungu bwa Mwuka mu bibindi

1 Koko rero Imana yatugiriye imbabazi idushinga uyu murimo, ni cyo gituma tudacogora.

2 Ahubwo twazinutswe ibiteye isoni byose bikorwa rwihishwa, ntitucyifata nk’abariganya cyangwa ngo duhindagure Ijambo ry’Imana. Ahubwo tugaragariza buri muntu ukuri kw’Imana, kugira ngo aturebereho agire umutima unyuzwe imbere yayo.

3 Nyamara rero niba Ubutumwa bwiza twashinzwe butwikiriwe, abazimiye ni bo baba babuhishwe.

4 Abo ntibemera ubwo Butumwa kuko imana mbi y’ab’iki giheyabahumye imitima, kugira ngo batabona urumuri rw’Ubutumwa bwiza buranga ikuzo rya Kristo, ari we shusho y’Imana.

5 Erega si twe twiyamamaza ahubwo ni Kristo twamamaza, twerekana ko ari we Nyagasani naho twebwe tukaba abagaragu banyu ku bwa Yezu.

6 Imana yavuze iti: “Umucyo ubandurire mu mwijima,”ni na yo yatumye urumuri rwayo rubandurira mu mitima yacu kugira ngo ikuzo ryayo tubonera mu maso ha Kristo, turimenye ritumurikire.

7 Icyakora ubukungu bwo kumenya ibyo tubutwaye tumeze nk’ibibindi bimeneka ubusa. Ni ukugira ngo ububasha buhebuje budukoreramo bwe kutwitirirwa, ahubwo bumenyekane ko ari ubw’Imana.

8 Tubabazwa ku buryo bwose nyamara ntibiduca intege, duhura n’ingorane nyamara ntitwiheba,

9 turatotezwa nyamara Imana ntidutererana, dukubitwa hasi nyamara ntibiduhitana.

10 Iteka tugendana urupfu rwa Yezu mu mibiri yacu, kugira ngo ubugingo bwe bugaragarire muri yo.

11 Koko rero duhora twicwa duhōrwa Yezu, kugira ngo ubugingo bwe bugaragarire muri iyi mibiri yacu ipfa.

12 Bityo twe ni urupfu rutubungamo naho mwe ni ubugingo.

13 Ibyanditswe biravuga ngo: “Nizeye Imana ni cyo gituma mvuga ibyayo.” Natwe ni uko dufite bene uko kwizera, ni cyo gituma tuvuga ibyayo.

14 Tuzi ko Imana yazuye Nyagasani Yezu, natwe izatuzurana na we, maze idukoranyirize imbere yayo hamwe namwe.

15 Ibyo byose biba ku bwanyu kugira ngo ubuntu Imana igira busenderezwe muri benshi, butume abayishimira biyongera maze bagwize ikuzo ryayo.

Kubeshwaho no kwizera Imana

16 Ni cyo gituma tudacogora. Koko imibiri yacu igenda isaza, naho mu mitima yacu duhindurwa bashya buri munsi.

17 Nuko rero amakuba y’akanya gato duhura na yo muri iki gihe, nta cyo avuze uyagereranyije n’ikuzo ry’akataraboneka rizahoraho iteka dutegurirwa n’ayo makuba.

18 Noneho ntitwibanda ku bigaragara ahubwo twibanda ku bitagaragara, kuko ibigaragarira amaso bimara igihe gito naho ibitagaragara bihoraho iteka ryose.

—https://api-cdn.youversionapi.com/audio-bible-youversionapi/126/32k/2CO/4-a3e167c98987d97d50ebe6acb98cbea3.mp3?version_id=387—

Categories
2 Abanyakorinti

2 Abanyakorinti 5

1 Koko rero aka kazu k’ingando dutuyemo ari ko mubiri, tuzi ko nigasenyuka mu ijuru dufite inzu idasenyuka tuzabamo, itubatswe n’abantu ahubwo yubatswe n’Imana.

2 Igihe tukigatuyemo turanihatubitewe no kwifuza cyane gutwikirwa n’iyo nzu yacu yo mu ijuru

3 maze nitumara gutwikirwa na yo tuzasangwe tutambaye ubusa.

4 Koko rero twebwe abakiri muri aka kazu k’ingando, duhora tuniha nk’abantu bikoreye imitwaro iremereye. Si uko dushaka kwamburwa uyu mubiri usanzwe, ahubwo twifuza kwambikwa umubiri tuzaherwa mu ijuru, kugira ngo uyu upfa uzimangatanywe n’ubugingo buhoraho.

5 Ibyo ni byo Imana ubwayo yaduteganyirije, ndetse yaduhaye Mwuka wayo ho umusogongero w’ibyo yatugeneye.

6 Ni cyo gituma tuba indacogora. Tuzi ko igihe tukiri iwacu mu mubiri, tuba turi kure ya Nyagasani.

7 Tugenda tuyoborwa n’ukwizera, tutayoborwa n’ibigaragarira amaso.

8 Ni koko turi indacogora. Icyo twahitamo ni ukwimuka, tukavanwa muri uyu mubiri tugataha kwa Nyagasani.

9 Icyo tugamije rero ni ukumushimisha, twaba tugituye muri uyu mubiri cyangwa tuwimutsemo.

10 Koko rero twese tugomba kuzitaba urukiko kugira ngo ducirwe urubanza na Kristo, umuntu wese yiturwe ibikwiriye ibyiza cyangwa ibibi azaba yarakoze agituye mu mubiri.

Kristo yatwunze n’Imana

11 Noneho tuzi gutinya Nyagasani icyo ari cyo, ni cyo gituma dukora uko dushoboye ngo twemeze abantu ibye. Uko tumeze kose Imana iratuzi imbere n’inyuma, nkaba niringira ko namwe mwamenye imbere n’inyuma.

12 Ntabwo ari ukongera kubiyogezaho, ahubwo dushaka kubaha impamvu mwashingiraho mukaturata, kugira ngo mubone icyo musubiza ba bandi barata iby’inyuma gusa, bidafite ishingiro mu mutima.

13 Niba turi abasazi (nk’uko bavuga), twasaze ku bw’Imana, ariko niba dushyira mu gaciro ni mwe bifitiye akamaro.

14 Koko urukundo rwa Kristo ni rwo rubiduhatira. Twemera ko uwapfiriye abantu bose ari umwe, bityo rero bose bakaba barapfuye.

15 Ikindi yapfiriye bose kugira ngo abakiriho be gukomeza kubaho bishimisha, ahubwo babeho bashimisha Kristo wabapfiriye maze akazuka.

16 Bityo kuva ubu nta muntu tucyemera dushingiye kuri kamere y’abantu. Ndetse nubwo kera na Kristo twamwemeraga dutyo, ubu si ko tukimwemera.

17 Erega iyo umuntu ari muri Kristo aba icyaremwe gishya, ibya kera biba bishize byose bikaba bihindutse bishya.

18 Ibyo byose Imana ni yo yabikoze. Yiyunze na twe ikoresheje Kristo, nyuma idushinga umurimo wo kubwira abantu ngo biyunge na yo.

19 Koko rero Imana yari muri Kristo igihe yiyungagan’abantu bo ku isi yose, bityo ntiyaba ikibabaraho ibicumuro byabo. Natwe idushinga kubwira abantu ngo biyunge na yo.

20 Koko turi intumwa za Kristo, ndetse Imana ubwayo ni yo ibahamagara ari twe ikoresheje. Turabinginga mu izina rya Kristo, nimwiyunge n’Imana.

21 Kristo utarigeze akora icyaha Imana yamubazeho ibyaha byacu, kugira ngo muri we tubarweho ubutungane bwayo.

—https://api-cdn.youversionapi.com/audio-bible-youversionapi/126/32k/2CO/5-f3c3af0080bbc7f43609afdb669f3f94.mp3?version_id=387—