Categories
Abanyaroma

Abanyaroma 8

Kubaho tugengwa na Mwuka w’Imana

1 Ubu rero abari muri Kristo Yezu nta teka bacirwa,

2 kuko gutegekwa na Mwuka w’ubugingo buri muri Kristo Yezu kwankuyemu buja bwo gutegekwa n’ibyaha n’urupfu.

3 Ibyo Amategeko atashoboye bitewe n’intege nke za kamere y’umuntu, Imana yarabikoze. Yohereje Umwana wayo bwite afite kamere imeze nk’iy’abantu b’abanyabyaha, kugira ngo abe igitambo cy’ibyaha byabo. Ni ko gutsinda burundu ibyaha biri muri kamere y’umuntu,

4 kugira ngo tugirwe intungane rwose nk’uko Amategeko ashaka, twebwe abatayoborwa na kamere yacu, ahubwo tuyoborwa na Mwuka w’Imana.

5 Abayoborwa na kamere yabo baharanira ibyo kamere yabo ishaka, naho abayoborwa na Mwuka baharanira ibyo Mwuka ashaka.

6 Guharanira ibyo kamere ishaka bibyara urupfu, naho guharanira ibyo Mwuka ashaka bibyara ubugingo n’amahoro.

7 Ni yo mpamvu abaharanira ibyo kamere yabo ishaka ari abanzi b’Imana, ntibumvira Amategeko y’Imana, nta n’ubwo bashobora kuyumvira.

8 Abagengwa na kamere yabo ntibabasha gushimisha Imana.

9 Mwebwe rero ntabwo mugengwa na kamere yanyu, ahubwo mugengwa na Mwuka kubera ko Mwuka w’Imana abatuyemo. Udafite Mwuka wa Kristo ntabwo aba ari uwe.

10 Ariko niba Kristo ari muri mwe, nubwo imibiri yanyu ari iyo gupfa kubera ibyaha, nyamara Mwuka abahesha ubugingo kuko yabagize intungane imbere y’Imana.

11 Niba kandi Mwuka w’Imana yazuye Yezu mu bapfuye abatuyemo, iyo Mana yazuye Kristo Yezu izabeshaho n’imibiri yanyu ipfa, ikoresheje Mwuka wayo utuye muri mwe.

12 Bityo rero bavandimwe, twahawe inshingano atari kamere yacu iyidushinze, ngo tubeho uko ishaka.

13 Niba mubaho uko kamere yanyu ishaka muzapfa, naho niba muheshwa na Mwuka gutsinda imigirire muterwa na kamere yanyu muzabaho.

14 Koko rero abayoborwa na Mwuka w’Imana ni bo bana b’Imana.

15 Mwuka mwahawe si uwo kubashyira mu buja ngo musubire mu bwoba. Ahubwo Mwuka mwahawe ni uwo kubagira abana b’Imana, agatuma dutakambira Imana tuti: “Aba.” ni ukuvuga ngo: “Data.”

16 Mwuka ubwe ni we utwemeza mu mitima ko turi abana b’Imana.

17 Ubwo turi abana bayo rero, ni natwe yageneye umunani. Koko Imana izaduha umunani, ndetse tuzawuhānwa na Kristo. Ubwodufatanyije na we imibabaro, tuzahabwa ikuzo hamwe na we.

Ikuzo ryo mu gihe kizaza

18 Ndatekereza ko imibabaro yacu yo muri iki gihe ntaho ihuriye n’ikuzo Imana izaduhishurira.

19 Ibyaremwe byose bitegereje n’ubwuzu bwinshi igihe Imana izahishura abana bayo.

20 Koko rero ibyaremwe byose byahawe kugengwa n’ibitagira umumaro, atari ku bushake bwabyo ahubwo ari uko Imana yiyemeje ko biba bityo. Nyamara biracyafite kwiringira

21 ko bizavanwa mu buja bw’uko kononekara, kugira ngo byishyire byizane, kandi bihabwe ikuzo uko bigenewe abana b’Imana.

22 Tuzi ko na n’ubu ibyaremwe byose biniha, bikanababazwa nk’umugore uri ku nda.

23 Si byo byonyine, natwe dufite Mwuka ho umusogongero, turanihira mu mutima dutegereje kugirwa abana b’Imana, no gukizwa kw’imibiri yacu.

24 Twarakijijwe ariko hari ibyo tucyiringiye. Iyo ubonye ikintu uba utacyiringira kuzakibona. Ni nde wavuga ko yiringiye kubona ikintu kandi amaze kugishyikira?

25 Ariko ubwo twiringira ibyo tutarabona bidutera kubitegereza twihanganye.

26 Bityo Mwuka adusanga dufite intege nke akatwunganira. Koko ntituzi gusenga nk’uko bikwiye, ariko Mwuka ubwe adusabira ku Mana na we aniha, kandi uko aniha nta wabona uko abivuga.

27 Nyamara Imana ireba mu mitima izi imigambi ya Mwuka, kuko asabira intore zayo ibihuje n’ibyo ishaka.

28 Tuzi kandi ko byose bifatanyiriza hamwe kuzanira ibyiza abakunda Imana, abo yahamagaye nk’uko yabyiyemeje.

29 Abo yamenye kuva kera yabageneye kumera nk’Umwana wayo, kugira ngo abe ari we uba impfura mu bavandimwe benshi.

30 Abo yageneye ibyo yarabahamagaye, abo yahamagaye yabagize intungane imbere yayo, abo yagize intungane yabahaye n’ikuzo.

Urukundo rw’Imana rw’akataraboneka

31 None se ibyo twabivugaho iki? Ubwo Imana itwemera ni nde uzaturwanya?

32 Ubwo itimanye Umwana wayo bwite, ahubwo ikamushyikiriza abamwica ari twe twese azira, izabura ite kuduhāna byose na we?

33 Ni nde uzarega abo Imana yitoranyirije? Nta we kuko yo ibita abere.

34 Ni nde wabaciraho iteka? Nta we kuko Kristo Yezu ari we wapfuye ndetse akazuka, ubu akaba ari iburyo bw’Imana adusabira.

35 Ni nde uzadutandukanya n’urukundo rwa Kristo? Ese amakuba yabishobora, cyangwa ishavu, cyangwa ugutotezwa, cyangwa inzara, cyangwa ubukene, cyangwa akaga, cyangwa urupfu?

36 Ni ko Ibyanditswe bivuga ngo:

“Turicwa umunsi ukira bakuduhōra,

batugira nk’intama zagenewe kubagwa.”

37 Ariko muri ibyo byose turushaho gutsinda tubikesha uwadukunze.

38-39 Koko rero ndemeza ko nta kizadutandukanya n’urukundo rwe, ari urupfu cyangwa ubuzima, ari abamarayika cyangwa ibinyabutware bigenga isi, ari iby’ubu cyangwa ibizaza, ari ibinyabubasha, ari ibyo mu ijuru cyangwa iby’ikuzimu, ari n’ikindi cyaremwe icyo ari cyo cyose, nta na kimwe kizabasha kudutandukanya n’urukundo rw’Imana rugaragarira muri Kristo Yezu Umwami wacu.

—https://api-cdn.youversionapi.com/audio-bible-youversionapi/126/32k/ROM/8-0b2c0c9ad3027c4f19340acf30b441ef.mp3?version_id=387—

Categories
Abanyaroma

Abanyaroma 9

Imana n’umuryango wa Isiraheli yatoranyije

1 Ibyo mbabwira ni ukuri, ndi uwa Kristo sinabeshya. Mbyemejwe kandi n’umutima wanjye, uyoborwa na Mwuka Muziranenge.

2 Mbega ukuntu mfite agahinda kenshi kandi nkababara ubutitsa!

3 Rwose nakwifuza kuba ari jye uvumwa n’Imana nkaba natandukana na Kristo, mbigirira abavandimwe banjye duhuje ubwoko.

4 Ni bo muryango wa Isiraheli Imana yagize abana bayo, ikanabaha ku ikuzo ryayo. Yagiranye amasezerano na bo ibashinga Amategeko, ibaha kuyisenga uko ishaka kandi ibasezeranya ibyiza.

5 Ba sekuruza ni bo na Kristo akomokaho, ukurikije igisekuru cy’abantu. Imana Isumbabyose iragasingizwaiteka ryose. Amina.

6 Nyamara si ukuvuga ko Imana yashēshe ibyo yari yarasezeranye, kuko abakomoka kuri Isiraheliatari ko bose ari Abisiraheli nyakuri.

7 Kandi abakomoka kuri Aburahamu si ko bose ari urubyaro rwe nyakuri. Ahubwo Imana yaramubwiye iti: “Izaki ni we uzakomokwaho n’urubyaro nagusezeranyije.”

8 Ibyo bivuga ko abakomotse kuri Aburahamu ku buryo busanzwe atari bo bitwa abana b’Imana, keretse abavutse ku buryo bw’amasezerano yayo ni bo bonyine bitwa urubyaro rwe.

9 Koko rero iri ni ryo sezerano Imana yahaye Aburahamu, ngo: “Undi mwaka iki gihenzagaruka, kandi Sara azaba yarabyaye umwana w’umuhungu.”

10 Si ibyo gusa hari na Rebeka wabyaye abana babiri, bombi bakaba bafite se umwe ari we sogokuruza Izaki.

11-12 Nyamara kandi Imana ifite ibyo ikurikiza mu gutoranya abantu bidaturutse ku bikorwa byabo, ahubwo biturutse kuri yo ubwayo yabihamagariye. Ni yo mpamvu igihe abana b’impanga ba Rebeka bari bataravuka, bataranakora icyiza cyangwa ikibi, Imana yamubwiye iti: “Gakuru azaba umugaragu wa Gato.”

13 Ni na ko Ibyanditswe bivuga ngo: “Nikundiye Yakobo, naho Ezawu mwigizayo.”

14 None se ibyo twabivugaho iki? Ese Imana yaba irenganya? Ibyo ntibikanavugwe!

15 Yabwiye Musa iti: “Ngirira imbabazi n’impuhwe uwo nshatse.”

16 Ibyo rero ntabwo biterwa n’ubushake bw’umuntu cyangwa n’umwete we, ahubwo bituruka ku Mana nyir’imbabazi.

17 Ni na ko mu Byanditswe Imana yabwiye Umwami wa Misiri iti: “Ngiki icyatumye ngushyiraho: ni ukugira ngo nerekanire muri wowe imbaraga zanjye, kandi bitume menyekana ku isi yose.”

18 Ni ukuvuga rero ko Imana igirira imbabazi uwo ishaka, kandi ikanangira umutima w’uwo ishaka.

Uburakari bw’Imana n’imbabazi zayo

19 Noneho rero wabaza uti: “Ubwo ari uko bimeze, ni iki Imana ikigaya abantu? Mbese ubundi hari uwaca ku bushake bwayo?”

20 Wowe muntu, uri iki kugira ngo ugishe Imana impaka? Ese ikibumbano cyabaza uwakibumbye kiti: “Kuki wambumbye utya?”

21 Ese umubumbyi si we ufite ubushobozi bwo kugena icyo ibumba riri bukore, mu mutege umwe waryo agakoramo urwabya rugenewe imirimo y’icyubahiro, n’urundi rugenewe imirimo isuzuguritse?

22 Ni na ko Imana yihitiyemo kwerekana uburakari bwayo no kugaragaza ububasha bwayo. Nyamara yiyemeje kwihanganira cyane abikururiragaho uburakari byayo bagenewe kurimbuka.

23 Ibyo kwari ukugaragaza ukuntu ikuzo ryayo risesuye ku bo ishaka kugirira imbabazi, abo uhereye kera yari yarateguriye kuzagira uruhare kuri iryo kuzo.

24 Abo kandi ni twebwe Imana yahamagaye, itadutoranyije mu Bayahudi gusa, ahubwo idutoranyije no mu yandi mahanga.

25 Ni na ko Imana yavuze mu gitabo cyanditswe na Hozeya iti:

“Abahoze batari abo mu bwoko bwanjye nzabita ubwoko bwanjye,

abatari inkoramutima zanjye nzabita inkoramutima.

26 Kandi ahantu bababwiriraga ngo

‘Ntimuri ubwoko bwanjye’,

ni ho bazitirwa abana b’Imana nzima.”

27 Ezayi na we yavuze aranguruye ibyerekeye Abisiraheli ati: “Nubwo Abisiraheli bangana n’umusenyi wo ku nyanja, agace gato kazaba gasigayeni ko kazarokoka,

28 Nyagasani ntazatinda gusohoza ijambo rye mu isi ku buryo bunonosoye.”

29 Ni byo Ezayi yari yarahanuye mbere ati:

“Iyo Nyagasani Nyiringabo atadusigira nibura urubyaro ruke,

tuba twararimbutse nk’umujyi wa Sodoma,

tuba twararimbutse nk’umujyi wa Gomora.”

Abisiraheli bahinyuye Ubutumwa bwiza

30 None se ibyo twabivugaho iki? Ni uko abatari Abayahudi batigeze bashaka gutunganira Imana, bagizwe intungane babikesha kwizera Kristo.

31 Ibiri amambu Abisiraheli bashakashakaga amategeko yatuma batunganira Imana, nyamara ntabwo bageze ku ntego Amategeko yari agamije.

32 Kubera iki se? Kubera ko ubwo butungane batabukuraga ku kwemera Kristo, ahubwo biringiraga kubuheshwa n’ibikorwa byabo. Basitaye kuri rya buye risitaza

33 ryavuzwe mu Byanditswe ngo:

“Dore nshyize muri Siyoni ibuye risitaza abantu,

ni n’urutare rubagusha.

Nyamara uwishingikiriza kuri rwo ntazakorwa n’ikimwaro.”

—https://api-cdn.youversionapi.com/audio-bible-youversionapi/126/32k/ROM/9-22635de794a80f67ab25ff829c574fd5.mp3?version_id=387—

Categories
Abanyaroma

Abanyaroma 10

1 Bavandimwe, icyo nifuriza Abisiraheli mbikuye ku mutima ni uko bakizwa, ni na byo mbasabira ku Mana.

2 Ndahamya rwose ko bafite ishyaka ryo gukorera Imana, ariko ni ishyaka ridashingiye ku kuyimenya.

3 Ntibasobanukiwe uburyo Imana igira abantu intungane, ahubwo bashaka ubwabo buryo bwo kwigira intungane, bagasuzugura ubutungane Imana itanga.

4 Erega Kristo ni we wanonosoye ibyo Amategeko yari agamije, kugira ngo umwizera wese Imana imugire intungane!

Agakiza ni ak’umuntu wese wizera Nyagasani

5 Musa ubwe yanditse ibyerekeye gutunganira Imana bivuye ku Mategeko agira ati: “Uzayumvira azabeshwaho na yo.”

6 Nyamara dore icyo avuga ku byerekeye ubutungane buvuye ku kwizera: “Ntukibaze uti: ‘Ni nde washobora kuzamuka mu ijuru?’ (ari ukugira ngo ajye kumanurayo Kristo),

7 cyangwa ngo wibaze uti: ‘Ni nde washobora kumanuka ikuzimu?’ (ari ukugira ngo azamureyo Kristo amuvana mu bapfuye.)”

8 Ahubwo aravuga ati: “Ijambo ry’Imana urarifite, warifashe mu mutwe ndetse ushobora kuritondagura.” Ni ryo jambo twamamaza rikubwira kwizera Kristo,

9 ngo nubyivugira n’umunwa wawe ko Yezu ari Nyagasani, ukemera mu mutima wawe ko Imana yamuzuye mu bapfuye uzakizwa.

10 Koko rero kubyemera mu mutima bituma Imana ikugira intungane, naho kubyivugira n’umunwa bigatuma ukizwa.

11 Ibyanditswe bigira biti: “Nta n’umwe umwizera uzakorwa n’isoni.”

12 Bityo Umuyahudi n’utari Umuyahudi nta kurobanura, bose bafite Nyagasani umwe usendereza ibyiza bye ku bamwambaza bose.

13 Ibyanditswe biravuga ngo: “Umuntu wese uzatakambira Nyagasani azakizwa.”

14 None se bamwiyambaza bate batabanje kumwemera? Kandi bamwemera bate batigeze bamwumva? Mbese bamwumva bate hatabonetse umuntu umwamamaza?

15 Ikindi kandi abantu bamwamamaza bate ntawe ubatumye? Ni yo mpamvu Ibyanditswe bigira biti: “Mbega ukuntu ari byiza kubona abazanye Inkuru nziza!”

16 Ariko si bose bumviye ubwo Butumwa bwiza. Ni na ko Ezayi yavuze ati: “Nyagasani, ni nde wemeye ibyo yatwumvanye?”

17 Bityo abantu bemera Kristo bamaze kumva ubutumwa, kandi ubwo butumwa ni ukubwirwa ibyerekeye Kristo.

18 Noneho ndabaza. Mbese abantu ntibumvise ubwo butumwa? Yee, barabwumvise. Ibyanditswe biravuga ngo:

“Ijwi ryabwo ryasakaye ku isi yose,

ubutumwa bwageze ku mpera zayo.”

19 Ndabaza rero. Mbese Abisiraheli ntibabisobanukiwe? Erega mbere Musa yari yaravuze ati:

“Nzabaharika abanyamahanga mbatere gufuha,

nzabarakaza ntonesha abanyabwengebuke!”

20 Ndetse Ezayi yageze n’aho yerura ati:

“Abatanshakaga barambonye,

abatagize icyo bambaza ndabiyeretse.”

21 Ariko ku byerekeye Abisiraheli agira ati: “Nirizaga umunsi nteze amaboko ngo nakire abantu b’ibyigomeke batanyumvira.”

—https://api-cdn.youversionapi.com/audio-bible-youversionapi/126/32k/ROM/10-a847314d679887b308de413a52c11c03.mp3?version_id=387—

Categories
Abanyaroma

Abanyaroma 11

Imana ntiyaciye Abisiraheli

1 None rero ndabaza. Mbese Imana yaba yaraciye ubwoko bwayo? Ibyo ntibikanavugwe! Nanjye ubwanjye ndi Umwisiraheli ukomoka kuri Aburahamu, mu muryango wa Benyamini.

2 Imana ntiyatereranye ubwoko bwayo yitoranyirije kuva kera. Mbese ntimuzi icyo Ibyanditswe bivuga, aho Eliya yaregaga Abisiraheli ku Mana? Yaravuze ati:

3 “Nyagasani, bishe abahanuzi bawe basenya intambiro zawe, ni jye usigaye jyenyine none nanjye barampigira kunyica.”

4 Ariko se Imana yamushubije iki? Yaravuze iti: “Nisigiye abantu ibihumbi birindwi batarapfukamira ikigirwamana Bāli.”

5 No muri iki gihe na bwo, agace gato kitwa Abasigaye, Imana yakagiriye ubuntu irakitoranyiriza.

6 Kwari ukubagirira ubuntu koko itabitewe n’ibikorwa byabo, kuko bitabaye bityo ubuntu igira bwaba butakiri ubuntu.

7 Ibyo se ni ukuvuga iki? Icyo Abisiraheli bashakaga nta bwo bakibonye. Abakibonye ni abo Imana yatoranyije, naho abandi bose barinangiye.

8 Ni na ko Ibyanditswe bivuga ngo: “Imana yabahaye imitima ihuramye n’amaso atabona n’amatwi atumva kugeza n’ubu.”

9 Dawidi na we ati:

“Ibyokurya byabo nibibabere umutego wo kubatega,

bibabere nk’ibuye ryo kubasitaza n’igihano kibakwiriye.

10 Amaso yabo ahume atsiratsize,

uteze imigongo yabo guhora ihetamye.”

11 Nuko rero ndabaza. Mbese igihe Abisiraheli basitaraga kwari ukugwa burundu? Ibyo ntibikanavugwe! Ahubwo gucumura kwabo kwatumye agakiza kagera ku banyamahanga, kugira ngo bitere Abisiraheli ishyari.

12 None se ubwo gucumura kwabo kwakungahaje abatuye isi, gucogora kwabo kugakungahaza abanyamahanga, hazacura iki nibaramuka basubiye byuzuye mu byabo?

Agakiza kagera no ku batari Abayahudi

13 Noneho reka mbabwire mwebwe abatari Abayahudi: ni jye Ntumwa Kristo yatumye ku batari Abayahudi, mfite ishema ry’umurimo yanshinze.

14 Icyampa nkabona uko ntera bene wacu b’Abayahudi kugira ishyari ngo mbakizemo bamwe!

15 Koko rero ubwo guhēzwa kwabo kwatumye rubanda rutari Abayahudi bungwa n’Imana, hazacura iki igihe Abayahudi ubwabo bazayigarukira? Bazamera nk’abazutse mu bapfuye!

16 Igihe bafata igisate cy’umugati ho umuganura bakagitura Imana, byerekana ko uwo mugati wose na wo ari uwayo. Kandi igihe imizi y’igiti yegurirwa Imana, amashami na yo aba ari ayayo.

17 Urubyaro rwa Isiraheli rugereranywa n’igiti cy’umunzenze cyakonzweho amashami. Wowe utari Umuyahudi ugereranywa n’ishami ry’umunzeze wo mu gasozi ryagemetswe aho ayo mashami yakonzwe, bityo nawe ukaba ufite uruhare ku byo imizi itungisha icyo giti.

18 Nuko rero we kwirata ngo wigambe ku mashami. None se wakwirata iki? Si wowe ushyigikiye imizi, ahubwo imizi ni yo igushyigikiye.

19 Ahari aho wakwibwira uti: “Amashami yarakonzwe kugira ngo ngemekwe.”

20 Yee, ni byo. Icyo ayo mashami yazize ni uguhemuka kwayo. Naho wowe ikiguhagaritse ni ukuyoboka Kristo kwawe. Ntukirate rero, ahubwo utinye Imana.

21 Koko ubwo Imana itababariye abagereranywa n’amashami kamere, nawe ntizakubabarira.

22 Zirikana rero kugira neza kw’Imana n’igitsure cyayo, abayivuyeho yabagiriye igitsure naho wowe ikugirira neza. Icyakora ni ngombwa ko uguma muri ubwo buntu ikugirira, bitabaye bityo nawe ni uko, uzakondwa nka ya mashami.

23 Naho Abayahudi nibareka ubuhemu bwabo, bazaba nk’amashami yakonzwe nyuma akagemekwa aho yahoze mbere, kuko Imana ifite ububasha bwo kongera kubagemeka.

24 Wowe utari Umuyahudi, uri nk’ishami kamere ryavuye ku munzenze wa mu gasozi, maze ku buryo bunyuranye n’imihingire isanzwe y’ibiti, ugemekwa ku munzenze w’umuterano. None se ko Abayahudi ari bo mashami kamere y’uwo munzenze w’umuterano, babura bate kugemekwa ku munzenze wabo bwite?

Iherezo umuryango wa Isiraheli uzakizwa

25 Koko rero bavandimwe, sinshaka ko muyoberwa iri banga hato mutibeshya ko muri abanyabwenge, ni uko igice kimwe cy’Abisiraheli cyinangiye. Ibyo bizakomeza kugeza igihe abanyamahanga bazemera Kristo byuzuye.

26 Uko ni ko urubyaro rwose rwa Isiraheli ruzakizwa, nk’uko Ibyanditswe bivuga ngo

“Umutabazi azava i Siyoni,

atsembe ubugome mu bakomoka kuri Yakobo.

27 Ngiryo Isezerano nzagirana na bo nimbakuraho ibyaha.”

28 Ku byerekeye Ubutumwa bwiza, Abayahudi babaye abanzi b’Imana mwe bibagirira akamaro. Naho ku byerekeye gutoranya kw’Imana, ni abatoni bayo kubera ba sekuruza.

29 Koko Imana ntabwo yisubiza ibyo yahaye abantu, cyangwa ngo yivuguruze iyo yabahamagaye.

30 Namwe kera mwanze kumvira Imana, none ubu yabagiriye imbabazi bitewe n’uko Abayahudi banze kuyumvira.

31 Ubu ni ko biri kuri bo, babaye intumvira kugira ngo mwe mumaze kugirirwa imbabazi, ubu na bo bazigirirwe.

32 Imana yagize abantu bose imbohe babitewe no kutayumvira, kugira ngo ibone uko igirira bose imbabazi.

Imigambi y’Imana y’agatangaza

33 Mbega ukuntu Imana ari umukungu wa byose! Mbega ukuntu ubwenge bwayo n’ubumenyi bwayo biturenze! Ibyo yiyemeza ni amayobera rwose, kandi imigenzereze yayo nta wayimenya.

34 Ibyanditswe bivuga ngo:

“Ni nde wamenye ibyo Nyagasani atekereza?

Ni nde wabaye umujyanama we?”

35 “Ni nde wigeze abanza kugira icyo amuha,

ngo na we abe amwituye?”

36 Erega byose bikomoka ku Mana, byose bibeshwaho na yo, byose bigenewe kuba ibyayo! Nihorane ikuzo iteka ryose. Amina.

—https://api-cdn.youversionapi.com/audio-bible-youversionapi/126/32k/ROM/11-69ebc248478d966a2570b1462af9826f.mp3?version_id=387—

Categories
Abanyaroma

Abanyaroma 12

Ubugingo bushya butera gukorera Imana

1 Bavandimwe, kubera ko Imana yabahaye imbabazi ndabihanangiriza ngo mwitange,maze mube ibitambo bizima byeguriwe Imana biyishimisha. Uko ni ko kuyikorerakubakwiriye.

2 Ntimugakurikize imibereho y’ab’iki gihe, ahubwo mureke Imana ivugurure ibitekerezo byanyu mube muhindutse rwose. Ni bwo muzashobora kumenya neza ibyo Imana ishaka, kugira ngo muhitemo ibyiza biyishimishije kandi bitunganye rwose.

3 Kubera ubuntu Imana yangiriye ndabwira buri wese muri mwe nti: “Uramenye we kwitekerezaho birenze urugero uriho, ahubwo ushyire mu gaciro wiyoroheje ukurikije urugero Imana yaguhaye rwo kuyizera.

4 Buri muntu muri twe afite umubiri umwe ugizwe n’ingingo nyinshi, kandi izo ngingo ntizigira umurimo umwe.

5 Uko ni ko nubwo turi benshi muri Kristo twabaye umubiri umwe, twese duhurijwe hamwe buri muntu akaba urugingo rwa mugenzi we.

6 Dufite kandi impano zitandukanye Imana yatugabiye buri wese iye. Uwahawe guhanura ngo avuge ibyo yeretswe, nakoreshe iyo mpano ashingiye ku kwizera yahawe n’Imana.

7 Uwahawe impano yo gukorera abandi ngaho nabakorere, uwahawe iyo kwigisha niyigishe,

8 uwahawe iyo gukomeza abantu imitima nabakomeze, utanga ku bye natange atitangiriye itama, uyobora abandi nabikorane umwete, n’ugiriye undi impuhwe nazigire yishimye.

9 “Mujye mukundana mutaryarya. Mwange ikibi cyose mwibande ku byiza.

10 Mukundane urukundo rwa kivandimwe. Mwubahane buri muntu ashyire mugenzi we imbere.

11 Mugire umwete mwe kuba abanyabute. Mukorere Nyagasani mufite ishyaka ryinshi.

12 Mwishimire ibyo mwiringiye, mwihangane mu makuba, ntimugacogore mu gusenga.

13 Intore z’Imana zikennye muzifashishe ku byo mufite, n’izibasanga muzicumbikire.

14 “Musabire umugisha ababatoteza – koko mubasabire umugisha atari umuvumo.

15 Mwishimane n’abishimye, murirane n’abarira.

16 Mubane muhuje. Mwe kwishyira hejuru, ahubwo mwemere gukora imirimo yoroheje. Ntimukīgire abanyabwenge.

17 “Ntimwiture umuntu inabi yabagiriye. Muharanire gukora ibigaragarira abantu bose ko ari byiza.

18 Uko bizashoboka kose, mu rwanyu ruhande mubane amahoro n’abantu bose.

19 Ncuti zanjye, ntimwihōrere ahubwo mujye mureka uburakari bw’Imana abe ari bwo buhōra, kuko Ibyanditswe bivuga ngo: ‘Guhōra no kwitura ni ibyanjye’, ni ko Nyagasani avuga.

20 Ahandi ngo: ‘Ariko umwanzi wawe nasonza umuhe icyo arya, nagira inyota umuhe icyo anywa, nugenza utyo bizaba nk’aho urahuriye amakara agurumana ku mutwe we.’

21 Ibibi ntibikagutsinde, ahubwo utsinde ibibi ukoresheje ibyiza.”

—https://api-cdn.youversionapi.com/audio-bible-youversionapi/126/32k/ROM/12-5a5751df66f08f26efb50b3ffc0e503a.mp3?version_id=387—

Categories
Abanyaroma

Abanyaroma 13

Kumvira abategetsi

1 Buri muntu niyemere kugengwa n’abategetsi kuko nta butegetsi buriho butaturutse ku Mana, n’abategetsi bariho ni yo yabubahaye.

2 Bityo rero ugomeye abategetsi aba agomeye urwego rwashyizweho n’Imana, abagira batyo bazagibwaho n’urubanza.

3 Koko kandi abakora neza si bo batinya abatware, keretse abakora nabi. Ese urashaka kudatinya abategetsi? Jya ukora neza ni bwo bazagushima.

4 Erega abategetsi ni abagaragu b’Imana, bashyiriweho kugutera gukora neza! Icyakora nukora nabi ugomba kubatinya, kuko ububasha bwo guhana batabuherewe ubusa. Koko rero ni abagaragu b’Imana bashyiriweho guhana inkozi z’ibibi nk’uko uburakari bwayo buri.

5 Ni yo mpamvu buri muntu agomba kwemera ko bamugenga, bidatewe no gutinya uburakari bw’Imana gusa, ahubwo umuntu abyemejwe n’umutima we.

6 Ni na cyo gituma mutanga imisoro, kuko abasoresha ari abakozi Imana yashinze kwita kuri uwo murimo.

7 Muhe buri muntu ikimugenewe: usoresha mumusorere, uwaka amahōro muyamuhe, abakwiye gutinywa mubatinye, n’abakwiye kubahwa mububahe.

Gukunda mugenzi wawe

8 Ntimukagire uwo mubamo umwenda atari uwo gukundana, kuko umuntu ukunda mugenzi we aba arangije kumvira Amategeko.

9 Koko rero ya Mategeko avuga ngo “Ntugasambane, ntukice, ntukibe, ntukifuze ibyo abandi batunze”, hamwe n’ayandi yose akubiye muri iri jambo rimwe ngo: “Ujye ukunda mugenzi wawe nk’uko wikunda.”

10 Ukunda mugenzi we ntamugirira nabi. Nuko rero gukunda abandi ni ko kumvira Amategeko ku buryo bunonosoye.

Kwitegura ukuza kwa Kristo

11 Mugenze mutyo rero ubwo muzi igihe tugezemo. Ubu ngubu ni igihe cyo gukanguka, kuko gukizwa kwacu kwegereje kurusha igihe twatangiraga kwemera Kristo.

12 Ijoro rirenda gucya maze amanywa atangaze. Tureke rero ibikorerwa mu mwijima, ahubwo dufate intwaro z’abari mu mucyo.

13 Twifate uko bikwiriye abagenda ku manywa, tutarangwaho kurara inkera no gusinda, ubusambanyi n’ubwomanzi, intonganya n’ishyari.

14 Ahubwo Nyagasani Yezu Kristo ubwe ababere nk’umwambaro, kandi ntimureke kamere yanyu ibakoresha ibyo irarikira.

—https://api-cdn.youversionapi.com/audio-bible-youversionapi/126/32k/ROM/13-58f1bb292cc8167b85c6da6045e64538.mp3?version_id=387—

Categories
Abanyaroma

Abanyaroma 14

Ntukanegure umuvandimwe wawe

1 Umunyantegenke mu byo kwemera Kristo, mumwakire mutamugisha impaka ku byo yibwira.

2 Umwe ibyo yemera bimukundira kurya byose, naho undi kubera intege nke ze akīrira imboga gusa.

3 Urya byose ye gusuzugura urobanura, kandi urobanura ye kunegura urya byose kuko na we Imana yamwakiriye.

4 Ese wowe uri nde wo kunegura umugaragu w’undi? Nta wundi utari shebuja wamenya niba akora neza cyangwa nabi, kandi azakora neza kuko shebuja ari we Nyagasani, abasha kumushyigikira.

5 Usanga umuntu umwe yubahiriza umunsi umwe kurusha indi, naho undi agasanga iminsi yose ari kimwe. Buri muntu agomba gukurikiza icyo umutima we umwemeza.

6 Umuntu wubahiriza umunsi umwe kurusha indi aba abigirira Nyagasani. N’urya byose aba abigirira Nyagasani kuko ashimira Imana. Urobanura ibyo arya na we aba abigirira Nyagasani, agashimira Imana.

7 Koko rero nta n’umwe muri twe ubaho yigenga, cyangwa ngo apfe yigenga.

8 Niba turiho, turiho tugengwa na Nyagasani, dupfuye twaba dupfuye tugengwa na Nyagasani. Bityo rero twaba turiho cyangwa dupfuye, turi aba Nyagasani.

9 Ni cyo cyatumye Kristo apfa akazuka, kugira ngo abe umwami w’abariho n’abapfuye.

10 Wowe rero kuki unegura umuvandimwe wawe, kandi kuki usuzugura umuvandimwe wawe? Erega twese tuzitaba urukiko rw’Imana iducire urubanza!

11 Ni na ko Ibyanditswe bivuga ngo:

“Jyewe Nyagasani, ndarahiye,

buri muntu azampfukamira,

buri wese azemerera mu ruhame ko ari jye Mana.”

12 Bityo umuntu wese azamurikira Imana ibyo yakoze.

Kudaca intege umuvandimwe wawe

13 Noneho rero tureke kunegurana. Ahubwo mwiyemeze rwose kutagira icyo mukora cyaca umuvandimwe wanyu intege, cyangwa ngo kimugushe mu cyaha.

14 Icyo nzi rwose ncyemejwe na Nyagasani Yezu, ni uko nta kintu kiriho cyahumanya umuntu ubwacyo. Nyamara uwagira icyo akora kandi yibwira ko gihumanya, koko kiba kimuhumanyije.

15 None rero niba umuvandimwe wawe abangamirwa n’ibyo uriye, uba utakigenza nk’ufite urukundo. Uramenye ntugatume ibyo urya bibera umuvandimwe wawe ibyo kumurimbura, kandi Kristo yaramupfiriye!

16 Ikibabereye cyiza ntikigatere abantu gutukana.

17 Koko rero ubwami bw’Imana ntibushingiye ku kurya no kunywa, ahubwo bushingiye ku migirire itunganye n’amahoro n’ibyishimo duheshwa na Mwuka Muziranenge.

18 Ukorera Kristo atyo ashimisha Imana kandi akemerwa n’abantu.

19 Nuko rero nimucyo duharaniregukora ibintu bigamije kuzana amahoro, no kubaka ubugingo bwa bagenzi bacu.

20 Ntugasenye umurimo w’Imana bitewe n’ibyo urya. Koko nta byokurya bizira, ariko ikibi ni uko umuntu yarya ikintu icyo ari cyo cyose cyagusha undi mu cyaha.

21 Ibyiza ahubwo ni ukutarya inyama cyangwa kutanywa divayi, cyangwa kudakora ikindi kintu cyose cyatuma umuvandimwe wawe agwa mu cyaha.

22 Imyemerere yawe kuri bene ibyo ibe hagati yawe n’Imana. Hahirwa umuntu utishyira mu rubanza kubera ibyo yiyemeje gukora.

23 Ariko umuntu urya ikintu ashidikanya ko gikwiye aba yiciriye urubanza, kuko akiriye binyuranye n’ibyo umutima we umwemeza. Icyo umuntu akora cyose kinyuranye n’ibyo umutima we umwemeza kimubera icyaha.

—https://api-cdn.youversionapi.com/audio-bible-youversionapi/126/32k/ROM/14-b1e8855b1dec0da26bedd3869029304b.mp3?version_id=387—

Categories
Abanyaroma

Abanyaroma 15

Aho kwishimisha ugashimisha mugenzi wawe

1 Twebwe abakomeye mu byo kwemera Kristo tugomba gufasha abadakomeye kwihangana mu ntege nke, ntidushake ibidushimisha ubwacu.

2 Buri muntu muri twe nashimishe mugenzi we, ashake ibimugirira akamaro bikamwubaka ubugingo.

3 Erega na Kristo ubwe ntabwo yishakiye ibimushimisha, ahubwo byamugendekeye nk’uko Ibyanditswe bivuga biti: “Ibitutsi bagututse ni jye byahamye.”

4 Koko rero ibyanditswe mbere byose byandikiwe kutwigisha, kugira ngo kwihangana no gukomezwa duterwa na byo biduheshe kwiringira ibizaba.

5 Nuko Imana yo sōko yo kwihangana no gukomezwa, nibahe guhuza imitima mukurikije urugero rwa Kristo Yezu,

6 kugira ngo mwese mube muhurije hamwe muvuga kimwe, bityo muheshe ikuzo Imana Se w’Umwami wacu Yezu Kristo.

Ubutumwa bwiza ku bantu bose

7 Nuko rero buri wese ajye yakira mugenzi we nk’uko Kristo yabakiriye, kugira ngo biheshe Imana ikuzo.

8 Ndababwira ko Kristo yabaye umugaragu w’Abayahudi, kugira ngo Imana isohoze amasezerano yahaye ba sogokuruza, bityo yerekane ko ari indahemuka.

9 Kwari ukugira ngo n’abatari Abayahudi baheshe Imana ikuzo kubera imbabazi yabagiriye, nk’uko Ibyanditswe bivuga ngo:

“Ni cyo gituma ngusingiza mu ruhame rw’amahanga,

ni na cyo gituma nzakuririmba.”

10 Byanditswe kandi ngo:

“Mwa mahanga mwe, nimwishimane n’ubwoko bwa Nyagasani.”

11 Kandi ngo:

“Mwa mahanga yose mwe, nimusingize Nyagasani.

Abantu b’amoko yose nibamuheshe ikuzo.”

12 Ezayi na we yungamo ati:

“Ku gishyitsi cya Yesehazashibuka uzahagurukira gutegeka amahanga.

Ni na we amahanga aziringira.”

13 None Imana yo sōko yo kwiringira, ibasenderezemo ibyishimo n’amahoro mukesha kuyizera, kugira ngo mubone kwiringira ku buryo busesuye mubashishijwe na Mwuka Muziranenge.

Impamvu Pawulo yandikira ab’i Roma

14 Bavandimwe banjye, jyewe ubwanjye ndemeza ko musendereye ineza, kandi ko mufite ubumenyi buhagije bwatuma mugirana inama.

15 Icyakora kuri bimwe na bimwe, nabandikiye nshyizemo umunya kugira ngo mbibibutse. Nanditse ntyo mbitewe n’ubuntu Imana yangiriye,

16 kugira ngo nkorere Kristo Yezu umurimo w’umutambyi mu banyamahanga. Yantumye kubagezaho Ubutumwa bwayo bwiza, kugira ngo nyishyikirize abo banyamahanga babe ituro yemera, bagizwe intore zayo na Mwuka Muziranenge.

17 Ni yo mpamvu rero narata umurimo nakoreye Imana mbishobojwe na Kristo Yezu.

18 Koko sinatinyuka kugira icyo mvuga, uretse ibyo Kristo yankoresheje kugira ngo nemeze abatari Abayahudi kumvira Imana. Yakoresheje inyigisho n’ibikorwa byanjye,

19 kimwe n’ibimenyetso n’ibitangaza byakorewe muri bo, ndetse n’ububasha bwa Mwuka w’Imana. Bityo kuva i Yeruzalemu kugera muri Iliriya, inzira yose naje namamaza byimazeyo Ubutumwa bwiza bwa Kristo.

20 Naharaniye kwamamaza Ubutumwa bwiza aho Kristo yari ataramenyekana honyine, ngira ngo ntubaka ku rufatiro rwashyizweho n’undi.

21 Bityo rero nkurikiza icyo Ibyanditswe bivuga ngo:

“Abatigeze bamenyeshwa ibye bazabibona,

abatigeze bamwumva bazamusobanukirwa.”

Imigambi ya Pawulo

22 Ni yo mpamvu yambujije kenshi kuza iwanyu.

23 Ariko ubu nta murimo ngifite mu turere tw’ino, kandi nkaba maze imyaka myinshi nifuza cyane kugera iwanyu.

24 Noneho ubwo nzajya muri Esipaniya, nizeye ko nzanyura iwanyu nkabasura kandi mukamfasha mu by’urwo rugendo, ariko tumaranye akanya gato nkabashira urukumbuzi.

25 Icyakora ubu ngiye i Yeruzalemu gufasha intore z’Imana zaho,

26 kuko abo muri Masedoniya no muri Akaya biyemeje guha imfashanyo intore z’Imana z’i Yeruzalemu zikennye.

27 Bishimiye kubikora kandi koko byari ngombwa. Erega ubwo Abayahudi basangiye n’abanyamahanga imigisha iva kuri Mwuka w’Imana, na bo bagomba kubunganira ku byo imibiri yabo ikeneye!

28 Ibyo nibirangira nkaba maze kubashyikiriza ibyo bazaba babageneye byose, nzajya muri Esipaniya nyuze iwanyu.

29 Ninza iwanyu kandi nzi ko nzaza mbazaniye umugisha usesuye wa Kristo.

30 Bavandimwe, ku bw’Umwami wacu Yezu Kristo n’urukundo ruva kuri Mwuka, ndabinginze ngo mumfashe kurwana intambara munsabira ku Mana.

31 Munsabire nkire abatemera Kristo bo muri Yudeya, kandi n’imfashanyo njyanye i Yeruzalemu izakirwe neza n’intore z’Imana zaho.

32 Bityo Imana ibishatse nzagera iwanyu nishimye, mbone kuruhuka turi kumwe.

33 Imana yo sōko y’amahoro nihorane namwe mwese. Amina.

—https://api-cdn.youversionapi.com/audio-bible-youversionapi/126/32k/ROM/15-e9b4e4848b975f8d3ff5de1237488bb5.mp3?version_id=387—

Categories
Abanyaroma

Abanyaroma 16

Intashyo

1 Mbashinze mushiki wacu Foyibe ukorera itorerorya Kristo ry’i Kenkireya.

2 Mumwakire muri Nyagasani nk’uko bikwiriye intore z’Imana, mumwunganire ku kintu cyose yabakeneraho. Erega na we yunganiye abantu benshi, nanjye ndimo!

3 Mutashye Purisila na Akwila, bagenzi banjye twakoranye umurimo wa Kristo Yezu.

4 Bari biyemeje no gupfa kugira ngo bandokore. Si jye jyenyine ubashimira, ahubwo n’amatorero yose ya Kristo yo mu mahanga.

5 Mutashye n’itorero rya Kristo rikoranira mu rugo rwabo. Mutashye n’incuti nkunda Epayineto, wabimburiye abo mu ntara ya Aziya bose kwemera Kristo.

6 Na Mariya wabavunikiye cyane mumutashye.

7 Mutashye bene wacu Andironiko na Yuniya twafunganywe. Ni intumwa za Kristo z’ibirangirire, kandi bemeye Kristo mbere yanjye.

8 Mutashye na Ampuliyato, incuti yanjye nkunda muri Kristo.

9 Mutashye Urubano dufatanya umurimo dukorera Kristo, hamwe n’incuti nkunda Sitaki.

10 Mutashye Apele uzwiho ko akomeye kuri Kristo. Mutashye n’abo kwa Arisitobule.

11 Mutashye mwene wacu Herodiyoni, n’abo kwa Narisisi bari muri Nyagasani.

12 Mutashye Tirifayina na Tirifoza bakorera Nyagasani bashyizeho umwete. Mutashye n’incuti nkunda Perusi, na we yakoreye Nyagasani ashyizeho umwete mwinshi.

13 Mutashye Rufo watorewe kuba uwa Nyagasani, mutashye na nyina wambereye nanjye umubyeyi.

14 Mutashye na Asinkirito na Fulegoni, na Herumesi na Patiroba, na Herumasi n’abavandimwe bari kumwe na bo.

15 Mutashye Filologo na Yuliya, Nereyi na mushiki we Olimpa, n’abo bari kumwe bose Nyagasani yagize intore ze.

16 Muramukanye muhoberanaku buryo butagira amakemwa. Abagize amatorero yose ya Kristo barabatashya.

Amabwiriza aheruka

17 Bavandimwe, ndabihanangirije ngo mwirinde abaca ibice mu bavandimwe, kandi bakababangamira bagaca ukubiri n’inyigisho mwahawe, bene abo ngabo mubagendere kure.

18 Koko rero abameze batyo ntibakorera Umwami wacu Kristo, ahubwo bakorera inda zabo. Bakoresha akarimi keza n’amagambo yo kuryoshyaryoshya, bakayobya abafite imitima yoroshye.

19 Abantu bose bazi ukuntu mwumvira Nyagasani, ibyo biranshimisha. Ariko icyo mbifuriza ni ukujijukira gukora neza, mudafata impu zombi ngo mukore nabi.

20 Imana yo sōko y’amahoro, ntizatinda kujanjagurira Satani munsi y’ibirenge byanyu.

Umwami wacu Yezu nagumye kubagirira ubuntu.

21 Mugenzi wanjye dukorana Timoteyo arabatashya, hamwe na bene wacu Lusiyo na Yasoni na Sosipateri.

22 Jyewe Terutiyo wanditse uru rwandikondabatashya – nanjye ndi uwa Nyagasani.

23 Gayo uncumbikiye arabatashya, ni we wakira itorero rya Kristo rikoranira iwe. Erasito umubitsi w’uyu mujyi n’umuvandimwe Kwaruto, na bo barabatashya.

[

24 Umwami wacu Yezu Kristo nagumye kubagirira ubuntu mwese. Amina.]

Ugusingiza Imana

25 Dusingize Imana ibasha kubakomeza, ishingiye ku Butumwa bwiza namamaza n’ibyo nababwirije kuri Yezu Kristo. Rugikubita ubwo Butumwa bwahoze ari ibanga, none bumaze guhishurwa.

26 Ubu iryo banga ryashyizwe ahagaragara n’Ibyanditswe n’Abahanuzi, nk’uko Imana ihoraho yabitegetse rimenyeshwa abantu bo mu mahanga yose kugira ngo bemere Kristo bamwumvire.

27 Imana nyir’ubwenge yonyine nihabwe ikuzo ku bwa Yezu Kristo iteka ryose. Amina.

—https://api-cdn.youversionapi.com/audio-bible-youversionapi/126/32k/ROM/16-7b24a89b57436ff2ed5453d61ce3220f.mp3?version_id=387—

Categories
1 Abanyakorinti

1 Abanyakorinti 1

Indamutso

1 Jyewe Pawulo wahamagawe ngo mbe Intumwa ya Kristo Yezu nk’uko Imana yabishatse, n’umuvandimwe Sositeni,

2 turabandikiye mwebwe ab’itorero ry’Imana riri i Korinti, mwebwe ntore zayo mubikesha kuba muri Kristo Yezu. Imana yabahamagaye ngo mube abayo, hamwe n’abantu bose bambaza Umwami wacu Yezu Kristo aho bari hose – ni Umwami wacu akaba n’uwabo.

3 Imana Data nibagirire ubuntu ibahe n’amahoro, ifatanyije na Nyagasani Yezu Kristo.

Ibyiza Kristo yaduhaye

4 Mpora nshimira Imana yanjye kubera mwebwe, nyishimira ubuntu yabagiriye ibinyujije kuri Kristo Yezu.

5 Kuba muri we byatumye Imana ibakungahaza, ibaha impano zose zo kuvuga no kumenya ibyayo.

6 Ibyo twabemeje byerekeye Kristo byashinze imizi muri mwe,

7 ku buryo nta mpano n’imwe y’Imana mubuze, mwebwe abategereje guhishurwa k’Umwami wacu Yezu Kristo.

8 Ni na we uzabakomeza kugeza ku iherezo, kugira ngo mutarangwaho umugayo ku munsi Umwami wacu Yezu Kristo azaziraho.

9 Imana ni indahemuka, ni na yo yabahamagaye ngo mugirane ubumwe n’Umwana wayo Yezu Kristo Umwami wacu.

Itorero rya Kristo ry’i Korinti ryicamo ibice

10 Bavandimwe, ndabinginze mu izina ry’Umwami wacu Yezu Kristo ngo mwese mwumvikane, kandi mwe kwicamo ibice, ahubwo mushyire hamwe muhuje ibitekerezo n’imigambi.

11 Bavandimwe, abo kwa Kilowe bambwiye amakuru yanyu ko muri mwe hari amakimbirane.

12 Dore icyo mvuga ni iki: buri wese avuga ibye umwe ati: “Ndi uwa Pawulo,” undi ati: “Jyewe ndi uwa Apolo,” naho undi ati: “Jyewe ndi uwa Petero,” n’undi ati: “Jyeweho ndi uwa Kristo.”

13 Ese Kristo yaciwemo ibice byinshi? Mbese Pawulo ni we wababambiwe ku musaraba? Mbese ni mu izina rya Pawulo mwabatijwe?

14 Ndashimira Imana ko nta n’umwe muri mwe nabatije uretse Krisipo na Gayo,

15 bityo nta wavuga ko yabatijwe mu izina ryanjye.

16 Koko nabatije na Sitefana n’abo mu rugo rwe, ariko uretse abo sinzi ko hari undi nabatije.

17 Erega Kristo ntiyantumye kubatiza ahubwo yantumye gutangaza Ubutumwa bwiza, ntakoresheje amagambo y’ubwenge bw’abantu kugira ngo urupfu rwa Kristo ku musaraba rutaba impfabusa.

Kristo, ububasha bw’Imana n’ubwenge bwayo

18 Ubutumwa bwerekeye umusaraba wa Kristo ku bazimiye ni ubupfu, naho kuri twebwe abakizwa ni ububasha bw’Imana,

19 kuko Ibyanditswe bivuga ngo:

“Nzamaraho ubwenge bw’abanyabwenge,

nzahindura ubusa ubumenyi bw’abahanga.”

20 Mbese umunyabwenge bimumariye iki? Ese umwigishamategeko bimumariye iki? Mbese intyoza mu mpaka z’iki gihe yo biyimariye iki? Mbese aho ubwenge bw’iyi si Imana ntiyabuhinduye ubupfu?

21 Imana mu bwenge bwayo ntiyakunze ko abantu bayimenya bayobowe n’ubwenge bwabo bwite. Ahubwo yishimiye gukoresha ubupfu bw’ubutumwa tuvuga kugira ngo ikize abemera Kristo.

22 Abayahudi basaba ibitangaza byo kubemeza, naho Abagerekibagashaka ubwenge.

23 Nyamara twebweho dutangaza ibya Kristo wabambwe ku musaraba, Abayahudi ibyo birabashegesha, naho Abagereki bibabera ubupfu.

24 Nyamara ku bantu Imana yahamagaye, baba Abayahudi cyangwa Abagereki, Kristo ni ububasha bw’Imana n’ubwenge bwayo,

25 kuko ubupfu bw’Imana burusha abantu ubwenge, n’intege nke z’Imana zirusha abantu imbaraga.

26 Bavandimwe, nimwibaze uko mumeze mwebwe abo Imana yahamagaye. Ukurikije uko abantu babibona si benshi muri mwe b’abanyabwenge, si benshi bakomeye, si benshi b’imfura.

27 Ahubwo Imana yatoranyije ibyo abantu bita ubupfu kugira ngo ikoze isoni abanyabwenge, yatoranyije ibyo abantu bita ibinyantege nke kugira ngo ikoze isoni abakomeye.

28 Yatoranyije ibyo abantu bahinyura n’ibyo basuzugura, ndetse n’ibyo bibwira ko ari ubusa kugira ngo ihindure ubusa ibyo bibwira ko bifite akamaro,

29 ari ukugira ngo hatagira umuntu n’umwe wishyira hejuru imbere y’Imana.

30 Imana ubwayo ni yo yabahaye kuba muri Kristo Yezu, ni we utubera ubwenge buva ku Mana n’ubutungane n’ubuziranenge n’ugucungurwa.

31 Bityo nk’uko Ibyanditswe bivuga: “Ushaka kwirata yirate Nyagasani.”

—https://api-cdn.youversionapi.com/audio-bible-youversionapi/126/32k/1CO/1-6757feb58a96ec08d4eec39b000bf3d8.mp3?version_id=387—