Categories
Ibyakozwe n'Intumwa

Ibyakozwe n’Intumwa 26

Pawulo yiregura imbere ya Agiripa

1 Nuko Agiripa abwira Pawulo ati: “Ngaho iregure.”

Pawulo arambura ukuboko atangira kwiregura ati:

2 “Mwami Agiripa, nshimishijwe no kuba ndi imbere yawe uyu munsi, kugira ngo niregure ku byo Abayahudi bandeze byose,

3 cyane cyane kuko usanzwe uzi neza imico y’Abayahudi n’ibyo bajyaho impaka. Ni cyo gitumye ngusaba ngo wihanganire kunyumva.

4 “Abayahudi bose bazi imibereho yanjye uhereye mu buto bwanjye, kuva mbere mba mu gihugu cyacundetse n’igihe nari i Yeruzalemu.

5 Banzi kuva kera, babishatse bashobora guhamya ko nahoze ndi Umufarizayi, ni ukuvuga uwo mu ishyaka ry’abakurikiza idini yacu ku buryo bukataje.

6 None ubu ndaregwa ko nizera ibyo Imana yasezeraniye ba sogokuruza.

7 Iryo sezerano ni ryo imiryango yacu cumi n’ibiri ikomoka kuri Isiraheli yizera kuzahabwa, ari na cyo gituma ishishikarira gusenga Imana ijoro n’amanywa. None Nyagasani, kwizera iryo sezerano ni ibyo Abayahudi bandega!

8 Kuki mwihandagaza muvuga muti: ‘Ntibishoboka ko Imana yazura abapfuye?’

9 “Nanjye ubwanjye natekerezaga ko ngomba kurwanya ibya Yezu w’i Nazareti uko nshoboye kose.

10 Ni na byo nakoze i Yeruzalemu: benshi mu ntore z’Imana nabashyize muri gereza mpawe uburenganzira n’abakuru bo mu batambyi, kandi n’igihe babaga baciriwe urwo gupfa narabishyigikiraga.

11 Kenshi mu nsengero zose nabahanishaga bikomeye, nkabahatira no gutuka Kristo. Nakabyaga kubarakarira ku buryo mbatoteza kugeza no mu mijyi yo mu mahanga.

Pawulo avuga uko yemeye Kristo

12 “Ni cyo cyatumye njya i Damasi abatambyi bakuru bampaye uburenganzira n’amabwiriza.

13 Nuko rero Mwami Agiripa, ndi mu nzira ngenda ku manywa y’ihangu, ngiye kubona mbona umucyo uturutse mu ijuru ukaze kuruta uw’izuba, urangota kimwe n’abo twagendanaga.

14 Twese twikubita hasi maze numva ijwi ry’umbwira mu Giheburayi ati: ‘Sawuli, Sawuli! Urantotereza iki? Uribabariza ubusa – “Nta nduru irwana n’ingoma!” ’

15 Nuko ndabaza nti: ‘Uri nde Nyagasani?’ Na we aransubiza ati: ‘Ndi Yezu uwo utoteza.

16 Ariko byuka uhagarare. Igituma nkubonekeye ni ukugira ngo nkugire umugaragu wanjye n’umugabo wo guhamya ibyo ubonye kuri jye, kimwe n’ibyo nzakwereka.

17 Nzagutabara ngukize Abayahudi n’abanyamahanga ngutumyeho.

18 Ngutumye kubahumura amaso kugira ngo ubahindure, bave mu mwijima bagere mu mucyo, bave no mu bushobozi bwa Satani bagarukire Imana, kugira ngo nibanyemera bababarirwe ibyaha, kandi bahabwe ku munani wagenewe abantu Imana yagize intore zayo.’

Pawulo avuga ibyo yatumwe gukora

19 “Kubera iyo mpamvu Mwami Agiripa, nta cyari kumbuza kumvira ibyo neretswe biturutse mu ijuru.

20 Nuko mbanziriza i Damasi, maze ngera i Yeruzalemu no mu ntara yose ya Yudeya ndetse no mu yandi mahanga, nemeza abaho bose kwihana ngo bahindukirire Imana, maze bakore ibikwiranye no kwihana.

21 Ni cyo cyatumye Abayahudi bamfata igihe nari mu rugo rw’Ingoro y’Imana, bakagerageza kunyica.

22 No kugeza uyu munsi Imana iracyantabara, nkaba mpagaritswe aha no kubyemeza aboroheje n’abakomeye. Nta bindi mvuga bitari ibyo abahanuzi na Musa bavuze ko bizaba:

23 ko Kristo yagombaga kubabazwa agapfa maze akaba ubimburiye abandi kuzuka, akava mu bapfuye ngo atangaze ko ari we rumuri rumurikira Abayahudi ndetse n’amahanga yose.”

Pawulo yifuriza Agiripa kuyoboka Yezu

24 Pawulo amaze kwiregura atyo Fesito ariyamirira ati: “Pawulo, wasaze! Wize byinshi none biragushajije!”

25 Pawulo aramusubiza ati: “Nyakubahwa Fesito, sindi umusazi ahubwo ibyo mvuga ni iby’ukuri, kandi ni iby’umuntu ushyira mu gaciro.

26 Ibyo byose Umwami Agiripa arabizi, ni na cyo kintera kumubwira ntishisha. Ndemeza ko nta na kimwe muri ibyo atazi kuko bitakozwe rwihishwa.

27 Mwami Agiripa, mbese wemera ibyanditswe n’abahanuzi? Nzi ko ubyemera!”

28 Nuko Agiripa abwira Pawulo ati: “Mbese uragira ngo muri aka kanya gato unyemeze kuba Umukristo?”

29 Pawulo aramusubiza ati: “Kaba ari akanya gato cyangwa kanini, ndasaba Imana ngo uretse wowe gusa, ahubwo n’abanyumva none mwese mumere nkanjye, ukuyeho izi ngoyi ndiho gusa!”

30 Umwami n’Umutegetsi Fesito na Berenike n’abandi bari bicaranye na bo barahaguruka.

31 Bagitirimuka aho baravugana bati: “Uyu muntu nta cyaha yakoze cyo kumwicisha, habe n’icyo kumufungisha.”

32 Nuko Agiripa abwira Fesito ati: “Uyu muntu yajyaga kurekurwa iyo atajuririra umwami w’i Roma.”

—https://api-cdn.youversionapi.com/audio-bible-youversionapi/126/32k/ACT/26-c2bd70736a95679189b67774e6393c71.mp3?version_id=387—

Categories
Ibyakozwe n'Intumwa

Ibyakozwe n’Intumwa 27

Pawulo ajya i Roma

1 Bamaze kwemeza ko dufata ubwato tukajya mu Butaliyani, bashinga Pawulo n’izindi mbohe umukapiteni witwa Yuli wo mu mutwe w’abasirikari bita uw’umwami w’i Roma.

2 Twurira ubwato buvuye Aduramiti, bwari bugiye kujya mu byambu byo mu ntara ya Aziya, maze turagenda. Tujyana na Arisitariko ukomoka i Tesaloniki muri Masedoniya.

3 Bukeye duhagarara i Sidoni, Yuli agirira Pawulo neza amuha uruhusa rwo gusura incuti ze, kugira ngo zimuhe icyo akeneye.

4 Tuvuye aho tugenda dukikiye ikirwa cya Shipure, ku buryo kidukingira umuyaga waduturukaga imbere.

5 Tuhavuye tunyura mu nyanja ihereranye n’intara za Silisiya na Pamfiliya, maze turambuka turasuka i Mira ho mu ntara yitwa Lisiya.

6 Aho ngaho umukapiteni ahabona ubundi bwato buturutse Alegisanderiya bujya mu Butaliyani, maze arabutwuriza.

7 Tumara iminsi itari mike tugenda buhoro, tugera ahateganye n’umujyi w’i Kinida bitugoye. Umuyaga utubujije gukomeza, ni bwo dukikiye ikirwa cya Kireti, ahateganye na Salumoni kugira ngo kidukingire umuyaga.

8 Tumaze kuhakikira bituruhije, tugera ku cyambu cyitwa Myaromyiza hafi y’umujyi wa Lasaya.

9 Turahatinda ndetse turenza umunsi w’Abayahudi wo kwigomwa kurya, ku buryo gukomeza urugendo mu bwato kwari ukwigerezaho. Pawulo ni ko kubaburira ati:

10 “Mwa bagabo mwe, ndabona uru rugendo rurimo ingorane: ubwato kimwe n’imitwaro buhetse bizangirika, si byo gusa natwe bishobora kuduhitana.”

11 Ariko umukapiteni aho kwita ku cyo Pawulo avuga, akurikiza inama y’umutware w’abasare na nyir’ubwato.

12 Icyo cyambu nticyari kiboneye ku buryo bari kuhamara amezi y’imbeho n’umuyaga, ni cyo cyatumye abenshi bahuza inama yo kuvayo, biringira kugera ahitwa Fenike, kugira ngo baharangirize ayo mezi y’imbeho. Fenike ni icyambu cyo muri Kireti cyerekeje aho imiyaga ituruka, uwo mu majyepfo y’iburengerazuba n’uwo mu majyaruguru y’iburengerazuba.

Inkubi y’umuyaga mu nyanja

13 Bumvise umuyaga woroshye uva mu majyepfo utangiye guhuha, bibwira ko bashyikiriye icyo bashakaga, ni ko kuzitura ubwato bagenda bakikiye ikirwa cya Kireti ahegereye inkombe.

14 Ariko bidatinze ishuheri y’umuyaga witwa “Majyaruguru y’iburasirazuba”, itangira guhuha ituruka ku kirwa.

15 Ikubita ubwato bananirwa kuyirwanya, ni ko kubureka bujya iyo umuyaga ushaka.

16 Igihe twanyuraga mu majyepfo y’akarwa kitwa Kawuda, twabonye aho twikinga umuyaga akanya gato. Aho ni ho twashoboye kwiyegereza akato kaziritse ku bwato bwacu ariko bituruhije.

17 Abasare barakūriza bagashyira mu bwato, maze bazengurutsa ubwato imigozi ikomeye, barabuhambira kugira ngo butajegajega. Nuko barekurira mu mazi ingiga nsikabwatokugira ngo bugende buhoro, ibyo babitewe no gutinya kurigita mu musenyi usaya, ahagana ku nkombe za Libiya. Nuko ubwato butwarwa n’umuyaga.

18 Dukomeza guteraganwa bikomeye n’inkubi y’umuyaga, ku buryo bukeye bwaho batangiye kuroha mu nyanja imitwaro ubwato bwari bwikoreye, kugira ngo bwe kuremererwa.

19 Ku munsi wa gatatu, abasare ubwabo bafata ibikoresho by’ubwato na byo barabiroha.

20 Twamaze iminsi myinshi tutareba izuba n’inyenyeri, umuyaga n’umuhengeri bikomeza guhōrera kugeza ubwo tutari twiringiye ko hari ubasha kurokoka.

21 Bari bamaze iminsi batarya. Pawulo ni ko guhagarara hagati yabo arababwira ati: “Mwa bagabo mwe, byajyaga kuba byiza iyo muza kunyumva ntimuve muri Kireti, ntimwari kugera muri aya makuba no guhomba ibintu bingana bitya.

22 Ariko ubu bwo ndabagira inama yatuma musubiza umutima mu nda, kuko ari nta n’umwe muri mwe uzagira icyo aba keretse ubwato.

23 Iri joro nabonekewe n’umumarayika w’Imana niyeguriye kandi nkorera,

24 arambwira ati: ‘Pawulo, witinya! Ni ngombwa ko ugera imbere y’umwami w’i Roma kandi dore Imana ikugiriye neza, igusezeranyije kugukiza wowe n’aba bose mufatanyije urugendo.’

25 Kubera iyo mpamvu rero mwa bagabo mwe, nimukomere! Nizeye Imana, bizaba nk’uko nabibwiwe.

26 Icyakora hari ikirwa ubwato buzagomba kudusukaho.”

27 Mu ijoro rya cumi na kane, igihe tugitwarwa n’imbaraga z’umuyaga mu Nyanja ya Mediterane rwagati, nko mu gicuku abasare bibwira ko bari hafi kugera imusozi.

28 Bamanurira mu mazi umugozi uziritseho icyuma kugira ngo bapime uko hareshya, basanga ari metero mirongo itatu n’indwi z’ubujyakuzimu. Bicumye gato bongera gupima, babona ari metero makumyabiri n’umunani.

29 Batinya ko ubwato bwasekura ku ntaza, ni ko kumanurira mu mazi ibitsikabwato bine by’ibyuma bifashwe n’imigozi, ngo ahari byafata hasi bikabuhagarika, maze basaba Imana ko bucya vuba.

30 Abasare biyemeza gucika ni ko gusubiza mu mazi ka kato, bitwaje ko bagiye kurekurira mu mazi ibindi byo guhagarika ubwato.

31 Pawulo ni ko kubwira umukapiteni n’abasirikari ati: “Aba nibataguma mu bwato, mwebwe ntimushobora kurokoka”.

32 Abasirikari bahita batema imigozi iziritse ako kato, barakareka amazi aragatwara.

33 Bujya gucya Pawulo abasaba bose kugira icyo bafungura agira ati: “Dore uyu ni umunsi wa cumi n’ine muhangayitse, nta cyo mukoza ku munwa.

34 Ndabasabye rero nimufungure, kugira ngo mubone kubaho. Erega nta n’umwe muri mwe uzagira icyo aba, habe no gupfuka agasatsi na kamwe!”

35 Amaze kuvuga atyo afata umugati, ashimira Imana imbere yabo bose, arawumanyura atangira gufungura.

36 Bose bagarura agatima na bo barafungura.

37 Abari mu bwato twese twari magana abiri na mirongo irindwi na batandatu.

38 Umuntu wese amaze guhaga bajugunya ingano zasigaye mu nyanja, kugira ngo borohereze ubwato.

Ubwato bumeneka

39 Bumaze gucya abasare ntibamenya ahantu bitegeye aho ari ho, ariko babonye ikigobe gifite inkuka z’umusenyi, biyemeza ko bishobotse ari ho bomorera ubwato.

40 Bazitura bya byuma bihagarika ubwato birokera mu mazi, bahambura n’imigozi yari iziritse ingashya zerekeza ubwato, bazamura umwenda w’imbere ubugendesha kugira ngo umuyaga ubusunike bagane ku nkombe.

41 Ariko ubwato bugeze ku gashoro butikura mu musenyi, igihande cy’imbere kirigitamo ku buryo kitanyeganyega, naho icy’inyuma gitangira kumenagurwa n’umuhengeri.

42 Abasirikari biyemeza kwica imbohe zose, kugira ngo hatagira uwoga agacika.

43 Ariko umukapiteni ashaka gukiza Pawulo ni ko kubabuza kubikora, ibiri amambu ategeka ko abazi koga babanza kugera ku nkombe,

44 abasigaye bakabona kuhagera bogeye ku mbaho cyangwa ku bimene by’ubwato. Uko ni ko bose babashije gufata imusozi amahoro.

—https://api-cdn.youversionapi.com/audio-bible-youversionapi/126/32k/ACT/27-76ec508300b11915fc30a0231040ac0a.mp3?version_id=387—

Categories
Ibyakozwe n'Intumwa

Ibyakozwe n’Intumwa 28

Pawulo ku kirwa cya Malita

1 Tumaze guhonoka icyo cyago tumenya yuko ikirwa tugezeho cyitwa Malita.

2 Abaturage baho batwakira neza bitangaje, baducanira umuriro kuko imvura yagwaga hariho n’imbeho.

3 Pawulo amaze gusakuma inkwi ngo azishyire mu muriro, inzoka isosorokamo kubera ubushyuhe maze imusumira ikiganza.

4 Abaturage babonye icyo gisimba kimunagana ku kiganza baravugana bati: “Ni ukuri uyu muntu agomba kuba ari umwicanyi. Nubwo yakize urw’inyanja, Idaca urwa kibera ntiyareka abaho!”

5 Ariko Pawulo akungutira iyo nzoka mu muriro, we ntiyagira icyo aba na mba.

6 Abantu bategereza ko abyimbirwa, cyangwa ko yitura hasi agapfa, bamara umwanya bamwitegereza. Babonye nta cyo abaye barahindura bati: “Si umuntu, ni imwe mu mana!”

7 Hafi aho hakaba amasambu y’umutware w’icyo kirwa witwa Pubuliyo. Na we atwakira neza tumara iwe iminsi itatu.

8 Se wa Pubuliyo yari mu kirago ari indembe, arwaye amacinya ahinda n’umuriro. Pawulo ajya kumureba, amaze gusenga amurambikaho ibiganza aramukiza.

9 Ibyo bimaze kuba, abandi barwayi b’icyo kirwa na bo baraza abakiza indwara.

10 Abaho baherako baduha icyubahiro cyinshi, kandi ubwo twari twuriye ubwato ngo tugende, badupakirira ibyo twari dukeneye mu rugendo.

Kuva ku kirwa cya Malita kugera i Roma

11 Hashize amezi atatu twurira ubwato bwavaga Alegisanderiya bwitiriwe imana z’impanga, ubwo bwato bwamaze amezi y’imbeho n’umuyaga bwikinze kuri icyo kirwa.

12 Tugera mu mujyi wa Sirakuza tuhamara iminsi itatu.

13 Tuhavuye dukikira inkombe tugera ahitwa Regiyo. Hashize umunsi umwe umuyaga utangira guhuha uturutse mu majyepfo, maze ku munsi wa kabiri twururukira i Puteyoli.

14 Tuhasanga abavandimwe badusaba kumarana na bo icyumweru. Nyuma turahava tugana i Roma.

15 Abavandimwe b’i Roma bumvise ko tuje baza kudusanganirira ku Isoko rya Apiyo, n’ahitwa Macumbatatu. Pawulo ababonye ashima Imana kandi biramukomeza cyane.

Pawulo i Roma

16 Tugeze i Roma bemerera Pawulo kwicumbikira ukwe, afite umusirikari wo kumurinda.

17 Iminsi itatu ishize Pawulo atumiza abakuru b’Abayahudi b’aho hantu, bamaze guterana arababwira ati: “Bavandimwe, nubwo nta kibi nagiriye bene wacu b’Abayahudi, cyangwa ngo mbe ngira icyo nkora gicishije ukubiri n’imihango ya ba sogokuruza, nyamara nabohewe i Yeruzalemu nshyikirizwa Abanyaroma.

18 Basuzumye ibyo ndegwa basanga nta cyo nakoze cyo kunyicisha, bashaka kundekura.

19 Ariko Abayahudi babirwanyije biba ngombwa ko njuririra umwami w’i Roma, ariko atari uko hari icyo ndega bene wacu.

20 Ngicyo icyatumye mbatumiza kugira ngo tuganire. Koko nashyizwe kuri iyi ngoyi mpōrwa Uwo Abisiraheli bizera kuzabona.”

21 Baramusubiza bati: “Ntabwo twigeze tubona urwandiko ruturutse i Yudeya rukuvuga, ndetse nta n’umwe mu bavandimwe bacu bavuyeyo wigeze akubaraho ikibi.

22 Icyakora turashaka kumenya icyo utekereza, kuko tuzi yuko icyo gice urimo hose bakigaya.”

23 Basezerana na we umunsi bazongera guterana, uwo munsi ugeze haza benshi bamusanga aho acumbitse. Pawulo ahera mu gitondo ageza nimugoroba arabasobanurira. Abatangariza iby’ubwami bw’Imana agerageza no kubemeza ibyerekeye Yezu, Amategeko ya Musa n’ibyanditswe n’abahanuzi aba ari byo atanga ho umugabo.

24 Bamwe bemezwa n’ibyo avuze, abandi ntibabyemera.

25 Nuko ntibahuza maze igihe benda gutaha, Pawulo yongeraho iri jambo ati: “Mbega ukuntu rya jambo ari iry’ukuri, iryo Mwuka Muziranenge yabwiye ba sogokuruza abinyujije ku muhanuzi Ezayi, agira ati:

26 ‘Genda ubwire abo bantu uti:

Kumva muzumva ariko ntimuzasobanukirwa,

kureba muzareba ariko ntimuzabona.

27 Erega aba ni abantu binangiye,

biziba amatwi bahunza n’amaso,

kugira ngo be kubona be no kumva,

kandi be gusobanukirwa,

kugira ngo batavaho bangarukira nkabakiza.’ ”

28 Pawulo yungamo ati: “Nuko none mumenye ko ab’andi mahanga bagejejweho aka gakiza kava ku Mana, bo bazakakira!”

[

29 Amaze kuvuga atyo Abayahudi bataha bajya impaka zikomeye.]

30 Pawulo amara imyaka ibiri yuzuye ari mu icumbi akodesha, kandi akajya yakira abamugendereraga bose.

31 Yatangazaga ubwami bw’Imana kandi akigisha ibyerekeye Nyagasani Yezu Kristo, nta nkomyi nta n’umususu.

—https://api-cdn.youversionapi.com/audio-bible-youversionapi/126/32k/ACT/28-e12a24bbc94018e13ba1e2e050e79bc0.mp3?version_id=387—

Categories
Abanyaroma

Abanyaroma 1

Indamutso

1 Ni jye Pawulo ubandikiye, jyewe umugaragu wa Kristo Yezu. Imana yampamagariye kuba Intumwa yayo, intoranyiriza kwamamaza Ubutumwa bwayo bwiza.

2 Ubwo Butumwa Imana yabusezeranye kuva mbere mu Byanditswe yatugeneye, itumye abahanuzi bayo.

3-4 Buvuga ibyerekeye Umwana wayo Yezu Kristo Umwami wacu. Ukurikije amasekuruza y’abantu akomoka kuri Dawidi, naho ukurikije ibya Mwuka Muziranenge, Imana yerekanye ko ari Umwana wayo, ikoresheje ububasha bwayo igihe imuzuye mu bapfuye.

5 Ku bw’uwo Imana yangiriye ubuntu ngo mbe Intumwa yayo, nemeze abo mu mahanga yose ibya Kristo kugira ngo bamwemere, bityo bamwumvire.

6 Namwe muri muri abo kuko Imana yabahamagaye ngo mube aba Yezu Kristo.

7 Ni mwe mwese nandikiye abakundwa n’Imana b’i Roma, abo yahamagariye kuba intore zayo. Imana Data nibagirire ubuntu, ibahe n’amahoro ifatanyije na Nyagasani Yezu Kristo.

Pawulo yifuza gusura abemera Kristo b’i Roma

8 Mbere na mbere ndashimira Imana yanjye ku bwa Yezu Kristo kubera mwe mwese, kuko kwemera Kristo kwanyu kwamamaye ku isi yose.

9 Imana nkorera n’umutima wanjye wose, namamaza Ubutumwa bwerekeye Umwana wayo, ni yo ntanzeho umugabo ko mpora mbazirikana

10 mu masengesho. Nyisaba ubudasiba ngo ubu ibe yampa uburyo bwo kuza iwanyu, bivuye ku bushake bwayo.

11 Mbega ukuntu nifuza kubabona, kugira ngo ngire impano ya Mwuka w’Imana mbagezaho yo kubakomeza!

12 Ndifuza kuba muri mwe ngo muterwe inkunga no kwemera Kristo kwanjye, nanjye nyiterwe n’ukwanyu.

13 Bavandimwe, sinabahisha ko kenshi nafashe umugambi wo kuza iwanyu, ariko kugeza ubu nkagira impamvu zibimbuza. Nifuzaga ko umurimo wanjye wakwera imbutoiwanyu, bityo nkaba nungutse abemera Kristo muri mwe kimwe no mu yandi mahanga nagezemo.

14 Koko nahawe inshingano yo kugeza Ubutumwa bwiza ku bantu bose, baba abasirimu cyangwa abanyamusozi, baba abanyabwenge cyangwa abaswa.

15 Ni cyo gituma nshaka namwe kubagezaho Ubutumwa bwiza, mwebwe abari i Roma.

Ububasha bw’Ubutumwa bwiza bw’Imana

16 Erega kwamamaza Ubutumwa bwiza ntibintera isoni, kuko ari bwo bubasha Imana ikoresha ngo ikize uwemera Kristo wese, uhereye ku Bayahudi ukageza no ku bandi.

17 Ubwo Butumwa ni bwo buhishura uburyo Imana iha abantu kuyitunganira babikesha kwemera Kristo, bigatuma bagenda barushaho kumwizera. Ni na ko Ibyanditswe bivuga ngo “Utunganiye Imana abitewe no kuyizera azabaho”.

Abantu bose batsinzwe n’urubanza

18 Uhereye mu ijuru, Imana yahishuye uburakari iterwa n’ubugome bwose bw’abantu bayisuzugura bakagira nabi, bagapfukirana ukuri bitewe n’ubwo bugome bwabo.

19 Erega ibyo umuntu ashobora kumenya ku byerekeye Imana bimaze kubagaragarira, kuko Imana ubwayo yabibagaragarije!

20 Kuva isi yaremwa, ibitaboneka by’Imana – ni ukuvuga ububasha buhoraho bwayo n’ubumana bwayo – abantu babibona mu byo yaremye ku buryo busobanutse. Nta cyo rero bafite bakwireguza.

21 Nubwo bazi Imana, ntibayihaye ikuzo kandi ntibayishimiye nk’uko biyikwiye. Ahubwo ibitekerezo byabo byabaye imburamumaro, kandi ukujijwa kw’imitima yabo kwatumye bahera mu mwijima.

22 Barirase ngo ni abanyabwenge, nyamara babaye ibicucu.

23 Ikuzo ry’Imana idapfa bariguranye amashusho y’abantu bapfa, n’ay’inyoni n’ay’inyamaswa n’ay’ibikurura inda.

24 Ni yo mpamvu Imana yabaretse ngo biyandarike babitewe no kurarikira, bityo bagafatanya gutesha imibiri yabo agaciro.

25 Ukuri kw’Imana bakuguranye ibinyoma, maze baramya kandi bagakorera ibyaremwe babisimbuza Imana Rurema, ari iyo ikwiye gusingizwa iteka ryose. Amina.

26 Ni cyo gituma Imana yabaretse bakagengwa n’irari ritesha agaciro, bigeza aho abagore babo bakoresha imibiri yabo ku buryo bunyuranye n’ubwo yaremewe.

27 Abagabo na bo biba bityo bareka kubana n’abagore bashakanye uko Imana yabigennye, ahubwo barararikirana ubwabo bigeza aho bakora ibizira umugabo ku wundi, maze babona mu mibiri yabo ingaruka ikwiranye n’ubuyobe bwabo.

28 Bibwiraga ko atari ngombwa kumenyana n’Imana, ni cyo cyatumye na yo ibareka ngo bagire ibitekerezo bigoramye, bakore n’ibidakwiye.

29 Buzuye ubugome bw’uburyo bwose, hamwe n’ubugizi bwa nabi n’irari ry’ibintu n’urugomo. Bigwizamo ishyari n’ubwicanyi, amakimbirane n’ubutiriganya n’amatiku, gukwiza amagambo

30 no gusebanya. Ni abanzi b’Imana n’abanyagasuzuguro n’abirasi, barirarira bagahimba ibibi ntibumvire ababyeyi,

31 barangwaho ubujiji n’ubuhemu, ni indashoboka nta n’impuhwe bagira.

32 Bazi iteka ry’Imana rivuga ko ibyaha nk’ibyo bikwiye guhanishwa urupfu, nyamara ntibabikora gusa ahubwo banashima ababikora.

—https://api-cdn.youversionapi.com/audio-bible-youversionapi/126/32k/ROM/1-96deaed6438ddd75ec1a811e4c42bc69.mp3?version_id=387—

Categories
Abanyaroma

Abanyaroma 2

Uko Imana ica imanza

1 Wowe uwo uri we wese wigira umucamanza w’abandi, nta cyo ufite wakwireguza.Erega igihe unegura abandi nawe uba wineguye, kubera ko ibyo bakora ari ibyo nawe ukora!

2 Koko kandi tuzi ko Imana icira urubanza abagenza batyo ishingiye ku kuri.

3 Ese wowe wigira umucamanza w’abakora bene ibyo kandi ukora nka bo, ukeka ko uzarokoka urubanza rw’Imana?

4 Cyangwa wirengagiza ineza yayo isesuye n’ubugwaneza n’ukwihangana kwayo? Mbese ntuzi ko ikugirira neza ityo kugira ngo wihane?

5 Ibiri amambu winangiye umutima, ntiwemera guhanwa. Ni cyo gituma urushaho kwikururira uburakari bw’Imana, kuri wa munsi izahishura imanza zayo zitabera.

6 Ubwo ni bwo izagirira umuntu wese ibikwiranye n’ibyo yakoze.

7 Abazaba baravunwe no gukora neza bagaharanira ikuzo n’icyubahiro no kudapfa, izabaha ubugingo buhoraho.

8 Naho abatera amahane bagahakana ukuri bakiyegurira ubugome, izabagirira umujinya n’uburakari.

9 Umugizi wa nabi uwo ari we wese azagubwaho n’amakuba n’ishavu, bibanzirize ku Bayahudi bigere no ku batari Abayahudi.

10 Naho abagiraneza bose bazahabwa ikuzo n’icyubahiro n’amahoro, bibanzirize ku Bayahudi bigere no ku batari Abayahudi,

11 kuko Imana ifata abantu bose kimwe.

12 Abacumura bose batazi Amategeko bazapfa batazize ayo mategeko, naho abacumura bose bazi ayo mategeko bazacirwa urubanza rushingiye kuri yo.

13 Koko rero abumva Amategeko si bo ntungane ku Mana, keretse abayakurikiza gusa.

14 Abanyamahanga ntibazi Amategeko, nyamara iyo bayumviye bayabwirijwe n’imitima yabo, baba bibereye itegeko ubwabo kandi nta mategeko basanganywe.

15 Bityo ibikorwa byabo byerekana ko amategeko y’Imana yanditswe mu mitima yabo, n’imitima yabo na yo irabihamya, kimwe n’ibitekerezo byabo bibabwira biti: “Wakoze nabi”, cyangwa biti: “Wakoze neza”.

16 Ni ko bizamera ku munsi Imana izaca urubanza rw’ibihishwe mu mitima y’abantu ikoresheje Kristo Yezu – ni na ko Ubutumwa bwiza nahawe bubyemeza.

Abayahudi barenga ku mategeko y’Imana

17 Noneho wowe witwa Umuyahudi, wishingikiriza ku Mategeko kandi ukarata Imana yawe,

18 uzi icyo Imana ishaka kandi wigishijwe n’Amategeko yayo guhitamo ibyiza.

19 Wowe wemeza ko uri umurandasi w’impumyi n’urumuri ruboneshereza abari mu mwijima,

20 ukaba n’umwigisha w’injiji n’umwarimu w’abana, uzi ko muri ayo Mategeko ufite ubumenyi n’ukuri nya byo.

21 None se ubwo bimeze bityo, kuki wigisha abandi ntiwiyigishe? Ubuzanya kwiba kandi ukiba!

22 Ubwiriza kudasambana kandi ugasambana! Uvuga ko wanga ibigirwamana urunuka kandi ugasahura ingoro zabyo!

23 Urata Amategeko kandi ugasuzuguza Imana uyacaho!

24 Nk’uko Ibyanditswe bivuga, “Ni mwebwe mutuma abatari Abayahudi batuka Imana.”

25 Niba ukurikiza Amategeko gukebwa biba bigufitiye akamaro, ariko niba uyarengaho ni nk’aho waba utigeze ukebwa.

26 Naho rero umuntu utigeze akebwa agakurikiza ibiri mu Mategeko byose, mbese Imana ntizamufata nk’aho yaba yarakebwe?

27 Ndetse utigeze akebwa umubiri ariko agakurikiza amategeko y’Imana, uwo azagucira urubanza wowe uca kuri ayo mategeko, nubwo ufite inyandiko yayo kandi warakebwe.

28 Koko rero ikibonekera amaso gusa si cyo kiranga Umuyahudi nyakuri, kandi gukebwa umubiri gusa si ko gukebwa nyakuri.

29 Ahubwo Umuyahudi nyakuri arangwa n’ibiri mu mutima we, akaba yarakebwe ku mutima bigizwe na Mwuka w’Imana, bitavuye ku Mategeko yanditswe. Uwo nguwo aba adashaka gushimwa n’abantu, ahubwo ngo ashimwe n’Imana.

—https://api-cdn.youversionapi.com/audio-bible-youversionapi/126/32k/ROM/2-25ce2ee7a8c04d7c2f527f6b2d947932.mp3?version_id=387—

Categories
Abanyaroma

Abanyaroma 3

Kutumvira Imana ni ibya bose

1 None se kuba Umuyahudi birushije iki kutaba we? Mbese gukebwa byo bifite kamaro ki?

2 Ku buryo bwose ni kanini! Icya mbere Abayahudi ni bo bashinzwe amabwiriza y’Imana.

3 None se naho bamwe muri bo baba barabaye abahemu, ubuhemu bwabo bwatuma Imana ireka kuba indahemuka?

4 Ibyo ntibikanavugwe! Ni ngombwa kumenya ko Imana ari inyakuri, naho umuntu wese yaba umubeshyi. Ni na ko Ibyanditswe bivuga ngo:

“Ibyo uvuga bifite ishingiro,

washyirwa mu rubanza watsinda.”

5 None rero niba ubugome bwacu bushyira ku mugaragaro ubutungane bw’Imana, ibyo se ni ukuvuga iki? Bibaye bityo igihe Imana irakaye ikaduhana, mbese iba iturenganyije? (Ibyo mbivuze nk’uko abantu babivuga.)

6 Ntibikanavugwe! None se Imana iramutse irenganya, yazashobora ite gucira abantu bose urubanza?

7 Icyakora niba ikinyoma cyanjye gituma ukuri kw’Imana kurushaho kugaragara bikayihesha ikuzo, kuki jyewe nkigomba guhōrwa icyaha cyanjye?

8 Niba ari uko bimeze, ni kuki tutakora ikibi kugira ngo kivemo icyiza, nk’uko bamwe batubeshyera ngo ni ko tuvuga? Abo ngabo bazacirwa urubanza rubakwiriye.

Nta muntu w’intungane

9 Bite rero? Twebwe Abayahudi se hari icyo turusha abandi? Nta na gito. Nk’uko tumaze kubigaragaza, Abayahudi kimwe n’abatari Abayahudi, ibyaha ni byo bibagenga bose.

10 Ni na ko Ibyanditswe bivuga ngo:

“Nta muntu n’umwe w’intungane ubaho,

11 nta n’umwe usobanukiwe,

nta n’umwe wambaza Imana.

12 Bose bayiteshutseho,

bose uko bangana ni imburamumaro,

ntawe ukora ibikwiye, habe n’umwe!”

13 “Bafite akarimi gashyanuka,

ariko bikingirije ubwicanyi.”

“Ibyo bavuga bimera nk’ubumara bw’incira.”

14 “Amagambo yabo yuzuyemo imivumo no gukariha.”

15 “Bihutira kumena amaraso,

16 aho banyuze hasigara ari amatongo n’umubabaro,

17 ntibamenya imigenzereze y’amahoro.”

18 “Ntibigera batinya Imana.”

19 Tuzi ko ibyo Amategeko y’Imana avuga byose abibwira abagengwa na yo, kugira ngo hatagira ubona icyo yireguza, kandi ngo abari ku isi bose bashyirwe mu rubanza imbere y’Imana.

20 Ngiyo impamvu nta muntu n’umwe uba intungane imbere y’Imana, yitwaje ko akurikiza amategeko yayo. Icyo Amategeko abereyeho ni ukumenyesha umuntu ko yacumuye.

Uko Imana ikiza umuntu

21 Ubu ariko Imana yagaragaje uburyo igira abantu intungane imbere yayo, Amategeko atabigizemo uruhare. Ubwo buryo bwemejwe n’Amategeko n’ibyanditswe n’abahanuzi.

22 Ibagira intungane babikesha kwemera Yezu Kristo. Ibigirira abamwizera bose nta kurobanura.

23 Koko bose bakoze ibyaha, ntibagera ku kigero cy’ikuzo ry’Imana.

24 Ariko none Imana yabahereye ubuntu kuba intungane imbere yayo, babikesha gucungurwa na Kristo Yezu.

25-26 Ni we Imana yagennye ngo abere abantu icyiruku bw’amaraso yabameneye babikesha kumwizera. Kwari ukwerekana ubutabera bwayo igihe yihanganiraga abantu, ntibahanire ibyaha bari barakoze mbere. No muri iki gihe yerekanye ubutabera bwayo, kugira ngo itaretse kuba intabera, igire intungane umuntu wese wizera Yezu.

27 None se haracyari impamvu yatuma abantu birata? Nta n’imwe. Kubera iki? Barata se ko bakora ibyategetswe n’Amategeko? Oya, ahubwo barata ko bizera Yezu.

28 Koko rero dusanga umuntu agirwa intungane imbere y’Imana kuko yizera Kristo, bidaturutse ku gukora ibitegekwa n’Amategeko.

29 Cyangwa se Imana yaba ari iy’Abayahudi bonyine? Ese ntabwo ari n’iy’abatari Abayahudi? Koko ni iyabo na bo,

30 kuko Imana ari imwe rukumbi. Abayahudi bakebwe izabagira intungane imbere yayo kuko bemeye Kristo, n’abatigeze bakebwa na bo ni uko ibonye ko bamwemeye.

31 Ibyo se bivuga ko ukwemera Kristo gutuma dutesha Amategeko agaciro? Ibyo ntibikanavugwe! Ahubwo kudutera kuyashyigikira rwose.

—https://api-cdn.youversionapi.com/audio-bible-youversionapi/126/32k/ROM/3-64da404b4b2981e6434c546372f22b0f.mp3?version_id=387—

Categories
Abanyaroma

Abanyaroma 4

Aburahamu w’intungane

1 Twavuga iki se kuri Aburahamu umukurambere wacu? Mbese byamugendekeye bite?

2 Niba yaragizwe intungane n’ibikorwa bye afite icyo yirata, ariko nta cyo yakwirata imbere y’Imana.

3 Mbese Ibyanditswe bivuga iki? Biravuga ngo: “Aburahamu yizeye Imana bituma abarwa nk’intungane.”

4 Uwakoze umurimo igihembo ahabwa ntaba agiherewe ubuntu, ahubwo baba bamwishyuye ibyo yakoze.

5 Naho udashingira ku byo akora, ahubwo akizera Imana igira abanyabyaha intungane, uwo nguwo ukwizera kwe kuzatuma abarwa nk’intungane.

6 Ni uko Dawidi avuga ibyerekeye amahirwe y’umuntu Imana ibara nk’intungane, bidashingiye ku byo akora. Yaravuze ati:

7 “Hahirwa abantu Imana yababariye ibicumuro,

ikabahanaguraho ibyaha byabo.

8 Hahirwa umuntu Nyagasani atabaraho icyaha.”

9 Mbese ayo mahirwe Dawidi avuga agenewe abantu bakebwe gusa, cyangwa agenewe n’abatakebwe? Nk’uko tumaze kuvuga, ukwizera kwa Aburahamu kwatumye Imana imubara nk’intungane.

10 Ariko se byabaye ryari? Ese ni mbere cyangwa nyuma y’ugukebwa kwe? Si nyuma ahubwo ni mbere.

11 Nyuma yaho Imana yahaye Aburahamu ikimenyetso cyo gukebwa. Kwari ukugaragaza ko yari yaramufashe nk’intungane imbere yayo, kubera ko yari yarayizeye atarakebwa. Bityo Aburahamu yabaye umubyeyi w’abizera Imana bose batakebwe, na yo ikababara nk’intungane.

12 Ubusanzwe kandi ni umubyeyi w’abakebwe bidatewe n’uko bakebwe, ahubwo ari uko bakurikiza urugero rwo kwizera Imana sogokuruza Aburahamu yari afite atarakebwa.

Isezerano ry’Imana dukesha kuyizera

13 Imana yasezeranyije Aburahamu ko we cyangwa urubyaro rwe bazahabwa isi ho umunani. Ntiyahawe iryo sezerano kubera ko yumviye Amategeko y’Imana, ahubwo ni ubutungane bwe buvuye ku kuyizera.

14 Niba abakurikiza amategeko ari bo bonyine bahabwa umunani, ukwizera Imana nta cyo kwaba kukimaze kandi n’Isezerano ryayo ryaba ritaye agaciro.

15 Koko Amategeko y’Imana akururira umuntu uburakari bwayo, ariko aho batazi amategeko nta waregwa ko atayumviye.

16 None rero abizera Imana ni bo bahabwa umunani yabasezeranyije, kugira ngo babe bawuhawe ku buntu kandi ngo urubyaro rwose rwa Aburahamu rwemererwe kuwuhabwa. Urwo rubyaro ntirugizwe gusa n’abakurikiza Amategeko, rugizwe kandi n’abizera Imana kimwe n’uko Aburahamu yayizeraga. Ni we mukurambere wacu twese.

17 Ni na ko Ibyanditswe bivuga ngo: “Nzaguha gukomokwaho n’amahanga menshi.” Ni umukurambere wacu imbere y’Imana yizeye ari yo Mana izura abapfuye, n’ibitariho ikabibeshaho.

18 Aburahamu yizeye Imana bituma yiringira, kandi nta cyariho cyatera umuntu kwiringira. Bityo aba umukurambere w’amahanga menshi. Ni na ko Imana yari yaramubwiye iti “Urubyaro rwawe ni ko ruzangana.”

19 Yari amaze imyaka nk’ijana umubiri we umeze nk’uwapfuye na Sara akaba yari yaracuze, nyamara ntiyacogoye mu kwizera Imana.

20 Ntabwo yigeze ashidikanya ibyo Imana yamusezeranyije, ahubwo yakomejwe no kuyizera kandi arayisingiza.

21 Yemejwe rwose ko Imana ifite ububasha bwo gukora icyo yasezeranye.

22 Ngiyo impamvu Imana yamubaze nk’intungane kubera ko yayizeye.

23 Kandi si we wenyine Ibyanditswe bivugaho iri jambo ngo: “Imana yamubaze nk’intungane”,

24 ahubwo natwe biratureba kuko Imana izatubara nk’intungane, kubera ko twizeye iyazuye Yezu Umwami wacu mu bapfuye.

25 Yashyikirijwe abamwica azira ibyaha byacu, maze arazuka ngo tugirwe intungane imbere y’Imana.

—https://api-cdn.youversionapi.com/audio-bible-youversionapi/126/32k/ROM/4-86f8769c88cb9765ce950440357a1fbc.mp3?version_id=387—

Categories
Abanyaroma

Abanyaroma 5

Kubana amahoro n’Imana

1 Nuko rero ubwo ukwemera Kristo kwatugize intungane imbere y’Imana, tubanaamahoro na yo tubikesha Yezu Kristo Umwami wacu.

2 Ni we watugejeje kuri ubu buntu bw’Imana dushingiyeho kubera kumwizera. Noneho dufiteishema kuko twiringira kuzahabwa ku ikuzo ry’Imana.

3 Si ibyo gusa ahubwo dufiten’ishema ry’amakuba yacu kuko tuzi ko amakuba atera kwihangana,

4 kwihangana na ko kukadutera gutsinda ibitugerageza, kubitsinda na ko kukadutera kwiringira Imana.

5 Uyiringira kandi ntabwo azakorwa n’isoni, kuko urukundo rw’Imana rwasakajwe mu mitima yacu bitewe na Mwuka Muziranenge twahawe.

6 Koko rero ku gihe Imana yateganyije twe tukiri abanyantege nke, Kristo yapfiriye abatubaha Imana.

7 Birakomeye kubona umuntu wemera gupfira intungane, icyakora ahari hari uwakwiyemeza gupfira umunyangeso nziza.

8 Ariko Imana yatweretse ukuntu idukunda, igihe Kristo yadupfiraga tukiri abanyabyaha.

9 Noneho ubwo twagizwe intungane imbere y’Imana n’amaraso ye, tuzarushaho gukizwa uburakari bwayo tubikesha Kristo.

10 Igihe twari tukiri abanzi b’Imana ni bwo yiyunze na twe ikoresheje urupfu rw’Umwana wayo, none rero ubwo twunzwe na yo n’urupfu rwe, tuzarushaho gukizwa no kubaho kwe.

11 Ikindi kandi, dusigaye duterwa ishema n’Imana kubera Umwami wacu Yezu Kristo waduhaye kwiyunga na yo.

Adamu na Kristo

12 Ibyaha byazanywe ku isi n’umuntu umwe ari we Adamu, kandi ni byo byazanye urupfu. Bityo urupfu rugera ku bantu bose kuko bose bakoze ibyaha.

13 No mu gihe Imana yari itaratanga Amategeko ibyaha byahoze ku isi, icyakora ntawashoboraga kubihanirwa igihe nta mategeko ahari.

14 Nyamara kuva mu gihe cya Adamu kugeza mu cya Musa, urupfu rwari rufite ubushobozi ku bantu, ndetse no ku batari barakoze icyaha gihwanye n’igicumuro cya Adamu.

Adamu ni ishusho y’uwagombaga kuza.

15 Icyakora igicumuro cya Adamu nta wakigereranya n’impano Imana itanga. Ni ukuri igicumuro cy’umuntu umwe cyateje rubanda rwose urupfu. Nyamara ubuntu bw’Imana mbega ukuntu buhebuje, kimwe n’impano igabira abantu bayikesha umuntu umwe Yezu Kristo, ikarushaho gusakara muri rubanda!

16 Impano y’Imana kandi nta wayigereranya n’icyaha cya wa muntu umwe Adamu. Urubanza rwaje nyuma y’icyaha cy’umwe ruzanira abantu gucirwa iteka, naho impano y’Imana yatanzwe nyuma y’ibicumuro byinshi izanira abantu gutunganira Imana.

17 Koko rero igicumuro cy’umuntu umwe cyatumye urupfu ruganza mu bantu, bitewe na wa muntu. Ni na ko rero abagiriwe ubuntu busesuye, bakagabirwa impano yo gutunganira Imana, bazarushaho kuganza mu bugingo buhoraho babikesha umuntu umwe ari we Yezu Kristo.

18 Nuko rero nk’uko igicumuro cy’umuntu umwe cyatumye bose baba abo gucirwa iteka, ni na ko umurimo utunganye wakozwe n’umuntu umwe uhesha bose ubutungane bubageza ku bugingo.

19 Koko rero nk’uko kutumvira Imana k’umuntu umwe kwatumye rubanda baba abanyabyaha, ni na ko kumvira k’umuntu umwe kuzahesha rubanda gutunganira Imana.

20 Amategeko yo yazanywe no kugira ngo ibicumuro bigwire, ariko aho ibyaha byagwiriye, ubuntu Imana igira bwarushijeho gusākara.

21 Noneho nk’uko ibyaha byaganje mu bantu bibageza mu rupfu, ni na ko ubuntu bw’Imana buganza bushingiye ku butungane, kugira ngo bubageze ku bugingo buhoraho ku bwa Yezu Kristo Umwami wacu.

—https://api-cdn.youversionapi.com/audio-bible-youversionapi/126/32k/ROM/5-f33ada830028cef4384bd2fdfd551d58.mp3?version_id=387—

Categories
Abanyaroma

Abanyaroma 6

Gupfana na Kristo no kuzukana na we

1 Ubwo bimeze bityo tuvuge iki? Mbese tugumye gukora ibyaha kugira ngo ubuntu Imana itugirira bugwire?

2 Ibyo ntibikanavugwe! Ese ko twapfuye ku byerekeye ibyaha twashobora dute kugumya kubikora?

3 Mbese muyobewe ko twese ababatirijwe kuba umwe na Kristo Yezu, twabatirijwe kuba umwe na we mu rupfu rwe?

4 Ni ukuvuga ko igihe twabatizwaga twahambanywe na we, kwari ugupfa nk’uko na we yapfuye, kugira ngo nk’uko Kristo yazutse mu bapfuye ku bw’ikuzo ry’Imana Data, abe ari ko natwe tubaho dufite ubugingo bushya.

5 Koko rero ubwo twabaye umwe na we, dupfuye nk’uko yapfuye, tuzaba umwe na we na none tuzutse nk’uko yazutse.

6 Tumenye neza ibi ngibi: umuntu twari we kera yabambanywe na Kristo ku musaraba, kugira ngo kamere yacu ikunda ibyaha itsembwe tureke rwose kuba mu buja bw’ibyaha,

7 kuko uwapfuye aba atakigengwa n’ibyaha.

8 Ubwo twapfanye na Kristo, twizeye kandi ko tuzabanaho na we.

9 Tuzi neza ko Kristo yazutse mu bapfuye. Nuko rero ntagipfa, urupfu nta bubasha rukimufiteho.

10 Ubwo yapfaga yapfuye rimwe ku bw’ibyaha, naho uko abaho ubu ngubu ariho ku bw’Imana.

11 Namwe ni uko, mujye mwemera ko mwapfuye ku byaha, mukaba muriho ku bw’Imana mubikesha kuba muri Kristo Yezu.

12 Nuko rero ibyaha ntibikaganze mu mibiri yanyu izapfa, ngo bitume mukurikiza ibyo irarikira.

13 Ingingo z’imibiri yanyu ntimukazigabize ibyaha ngo zibe ibikoresho by’ubugome. Ahubwo mwiyegurire Imana kubera ko mwavuye ikuzimu mukaba bazima, muyegurire n’ingingo zanyu ngo zibe ibikoresho byayo zikora ibiyitunganiye.

14 Ibyaha ntibikabaganze kuko mutakigengwa n’Amategeko, ahubwo mugengwa n’ubuntu Imana ibagirira.

Kugengwa n’ubutungane twahawe n’Imana

15 Ibyo se ni ukuvuga iki? Mbese tujye dukora ibyaha kubera ko tutakigengwa n’Amategeko, tukaba tugengwa n’ubuntu Imana itugirira? Ibyo ntibikanavugwe!

16 Mbese ntimuzi ko iyo mwiyeguriye umuntu kugira ngo ababere Shobuja kandi mumwumvire, icyo gihe muba mwishyize mu buja bw’uwo muntu mwemeye kumvira? Byaba ari ibyaha mwiyeguriye bizabageza ku rupfu, kwaba ari ukumvira Imana bizabageza ku butungane.

17 Dushimire Imana. Mwahoze mu buja bw’ibyaha, ariko none mwakurikije urugero rw’inyigisho mwahawe mubikuye ku mutima.

18 Imana yabakuye ku ngoyi y’ibyaha ibagira abagaragu b’ubutungane.

19 Ibyo ndabibabwira ntanga ingero ku bisanzwe mu bantu, kubera intege nke zanyu. Nk’uko kera mwari mwaratanze ingingo z’imibiri yanyu kugira ngo zibe abaja b’ubwomanzi n’ibicumuro bibyara ibindi, na none abe ari ko muzitanga kugira ngo zibe abagaragu b’ubutungane bubageza ku buziranenge.

20 Igihe mwari mu buja bw’ibyaha ntimwagengwaga n’ubutungane.

21 Mbese ibyo mwakoraga kera byabamariye iki, ko ubu mugira n’isoni zo kubyibuka? Koko kandi ibyo bikorwa bigeza umuntu ku rupfu.

22 Ariko none mwakuwe ku ngoyi y’ibyaha muba abagaragu b’Imana, bituma mugira ibikorwa bibaganisha ku buziranenge, amaherezo bikazabahesha ubugingo buhoraho.

23 Ibihembo by’ibyaha ni urupfu, ariko impano y’Imana ni ubugingo buhoraho duherwa muri Kristo Yezu Umwami wacu.

—https://api-cdn.youversionapi.com/audio-bible-youversionapi/126/32k/ROM/6-6d83c6ff815e5f3a634ceb4bbccca066.mp3?version_id=387—

Categories
Abanyaroma

Abanyaroma 7

Urugero rw’abashakanye

1 Bavandimwe, ubwo musanzwe muhugukiwe n’Amategeko ntimwabura kumva ibyo ngiye kubabwira. Mbese muyobewe ko Amategeko agenga umuntu igihe akiriho gusa?

2 Itegeko rigenga abashakanye rishinga umugore kubana n’umugabo we igihe cyose akiriho, ariko iyo umugabo amaze gupfa, umugore ntaba akigengwa n’iryo tegeko.

3 Ni cyo gituma umugore wishyingira undi mugabo uwe akiriho, yitwa umusambanyi. Ariko niba umugabo we amaze gupfa uwo mugore ntaba akigengwa n’iryo tegeko, ku buryo ashyingiwe undi mugabo ntiyaba umusambanyi.

4 Bavandimwe, namwe ni uko. Kuba umwe na Kristo mu rupfu rwe byatumye mupfa mu ruhande rw’Amategeko, kugira ngo mube ab’undi ari we Kristo wazutse mu bapfuye. Kwari ukugira ngo tugwize ibikorwa bishimisha Imana.

5 Koko rero tukigengwa na kamere yacu, irari ryo gukora ibyaha ryakangurwaga n’Amategeko, rigakora ibyaryo mu mitima yacu, rigatuma tugwiza ibikorwa bizana urupfu.

6 Naho ubu ntitukigengwa n’Amategeko, kuko twapfuye mu ruhande rw’ibyari bitugize imfungwa. Noneho dusigaye dukorera Imana ku buryo bushya dushobozwa na Mwuka, ntitukiyikorera ku buryo bushaje tuyoborwa n’Amategeko yanditswe.

Ibyaha n’Amategeko

7 Ibyo se tubivugeho iki? Ese Amategeko tuyite icyaha? Ibyo ntibikanavugwe! Ahubwo iyo Amategeko atakinyereka sinari kumenya icyaha icyo ari cyo. Sinari kumenya irari, iyo hataba itegeko rivuga ngo: “Ntukifuze ibyo abandi batunze.”

8 Icyakora ibyaha byishingikirije ku Mategeko bintera irari ry’uburyo bwose. Koko hatabayeho amategeko ibyaha ntibyabaho.

9 Kera ntaramenya icyitwa itegeko nari muzima. Ariko haje Amategeko ibyaha birampagurukana,

10 bityo ndapfa. Amabwiriza y’Imana yari agenewe kuzana ubugingo, jyewe yanzaniye urupfu.

11 Bityo ibyaha byishingikirije kuri ayo mabwiriza, biranshuka, bibona urwaho biranyica.

12 Ni ukuvuga ko Amategeko y’Imana atagira inenge, n’amabwiriza yayo nta nenge, anyuze mu kuri kandi ni meza rwose.

13 None se ibyiza nk’ibyo byanzaniye urupfu? Ibyo ntibikanavugwe! Ahubwo ibyaha ni byo byarunzaniye. Byitwaje ibyiza binteza urupfu kugira ngo byigaragaze ukuntu ari bibi. Uko ni ko amabwiriza y’Imana yatumye ibyaha bimbera ibyaha ku buryo bukabije.

Abantu baganjwe n’ibyaha

14 Tuzi ko Amategeko aturuka ku Mana, nyamara jyewe ndi umuntu ugengwa na kamere yanjye, naraguzwe mba inkoreragahato y’ibyaha.

15 Sinsobanukirwa ibyo nkora kuko ibyo nshaka gukora ntabikora, ahubwo ibyo nanga nkaba ari byo nkora.

16 Noneho ubwo nkora ibyo ntashaka, mba nemeye ko Amategeko ari meza.

17 Bityo rero si jye ubikora, ahubwo ni ibyaha binyaritsemo.

18 Nzi rero ko muri jye, ni ukuvuga muri kamere yanjye, nta cyiza kimbamo. Ubushake bwo gukora ibyiza ndabufite, ariko kubikora simbishobora.

19 Ibyiza nshaka simbikora, naho ibibi ntashaka akaba ari byo nkora.

20 Ubwo rero nkora ibyo ntashaka si jye ubikora, ahubwo ni ibyaha binyaritsemo.

21 Dore uko nasanze bigenda: igihe nshaka gukora ibyiza, ibibi bintanga imbere.

22 Mu mutima wanjye Amategeko y’Imana aranshimisha,

23 ariko muri kamere yanjye nsangamo ibindi bintegeka birwana intambara n’amategeko yemewe n’umutima wanjye. Ibyaha ni byo bitegeka kamere yanjye bikangira imfungwa.

24 Mbega ngo ndagatora! Ni nde wankiza uyu mubiri wigaruriwe n’urupfu?

25 Imana ishimirwe ko izabikora, ibinyujije kuri Yezu Kristo Umwami wacu.

Noneho dore uko bingendekera: mu mutima nkurikiza Amategeko y’Imana, ariko kandi ku bwa kamere ndi inkoreragahato y’ibyaha bintegeka.

—https://api-cdn.youversionapi.com/audio-bible-youversionapi/126/32k/ROM/7-c0cbbacb248d09dfae7f9a3f8884f502.mp3?version_id=387—