Categories
Ibyakozwe n'Intumwa

Ibyakozwe n’Intumwa 6

Abafasha b’Intumwa barindwi

1 Muri iyo minsi umubare w’abigishwa ba Kristo ukomeje kwiyongera, habaye ubwumvikane buke hagati y’Abayahudi bavuga ikigereki n’abavuga ikinyarameya. Abavuga ikigereki bitotomberaga ko abapfakazi babo batitabwaho, ngo bahabwe igaburorya buri munsi uko bikwiye.

2 Nuko Intumwa cumi n’ebyiri zikoranya imbaga y’abigishwa bose zirababwira ziti: “Ntibikwiye ko tureka kwigisha Ijambo ry’Imana ngo duhugire ku kugabura.

3 None rero bavandimwe, nimwitoremo abagabo barindwi bazwiho ko buzuye Mwuka w’Imana kandi ko bafite ubwenge, tubashinge uwo murimo.

4 Bityo twebwe tuzagumya kwibanda ku murimo wo gusenga no kwigisha Ijambo ry’Imana.”

5 Iyo nama y’Intumwa inyura abakoraniye aho bose. Nuko batoranya Sitefano umuntu wemeraga Kristo byimazeyo kandi wuzuye Mwuka Muziranenge, batoranya na Filipo na Porokori, na Nikanori na Timoni, na Parumena na Nikola wo mu mujyi wa Antiyokiya wari waremeye idini y’Abayahudi.

6 Abo bantu babashyikiriza Intumwa maze zirabasabira, zibarambikaho ibiganza.

7 Nuko Ijambo ry’Imana rikomeza gukwira, umubare w’abigishwa urushaho kwiyongera i Yeruzalemu, ndetse n’abatambyi benshi cyane barumvira bemera Kristo.

Sitefano afatwa

8 Sitefano wari waragiriye umugisha ku Mana ikamuha n’ububasha bwinshi, yakoraga ibitangaza agatanga n’ibimenyetso bikomeye muri rubanda.

9 Ariko abantu bamwe bo mu rusengero rw’abitwaga “Ababohowe”barahaguruka, bari Abayahudi bo muri Sirene no mu mujyi wa Alegisanderiya, hamwe n’abo mu ntara ya Silisiya n’iya Aziya. Abo bantu batangira kujya impaka na Sitefano.

10 Nyamara ntibashobora guhangana n’ubwenge bwari bumurimo, na Mwuka w’Imana wamuhaga icyo avuga.

11 Nuko bagurira abantu ngo bazavuge bati: “Twumvise avuga amagambo yo gutuka Musa n’Imana.”

12 Bahuruza rubanda n’abakuru b’imiryango n’abigishamategeko, maze baraza basumira Sitefano bamujyana mu rukiko rw’ikirenga.

13 Ni ko guhagurutsa abagabo bo kumushinja ibinyoma, barahamya bati: “Uyu muntu ntahwema gusebya iyi Ngoro y’Imana n’Amategeko.

14 Twumvise avuga ko Yezu uwo w’i Nazareti azasenya iyi Ngoro, agahindura n’imigenzo twahawe na Musa.”

15 Abanyarukiko bose bitegereje Sitefano babona mu maso he hasa n’ah’umumarayika.

—https://api-cdn.youversionapi.com/audio-bible-youversionapi/126/32k/ACT/6-712bd964dfbc6ec0a36f54e114e4224b.mp3?version_id=387—

Categories
Ibyakozwe n'Intumwa

Ibyakozwe n’Intumwa 7

Sitefano yiregura

1 Umutambyi mukuru abaza Sitefano ati: “Mbese ibyo bakuvugaho ni ukuri?”

2 Sitefano arasubiza ati: “Bavandimwe namwe babyeyi, nimunyumve: Imana nyir’ikuzo yabonekeye sogokuruza Aburahamu akiri muri Mezopotamiya atari yimukira i Harani,

3 iramubwira iti: ‘Va mu gihugu cyanyu, usige bene wanyu ujye mu gihugu nzakwereka.’

4 Nuko ava mu gihugu cy’Abanyakalideya ajya gutura i Harani. Nyuma y’urupfu rwa se Imana imuvanayo, imuzana muri iki gihugu mutuyemo ubu ngubu.

5 Imana ntiyigeze imukebera isambu ye bwite, habe ngo imuhe n’ahangana urwara, ahubwo yamusezeraniye kuzamuha iki gihugu ho gakondo we n’abazamukomokaho, kandi icyo gihe Aburahamu yari ataragira umwana.

6 Imana ni ko kumubwira iti: ‘Abazagukomokaho bazasuhukira mu kindi gihugu bakimaremo imyaka magana ane yose, bazafatwa nabi bakoreshwe n’imirimo y’agahato.

7 Ariko nzahana igihugu kizabakoresha agahato, hanyuma bazakivamo maze bansengere aha hantu.’ Uko ni ko Imana yavuze.

8 Nuko igirana na we Isezerano rirangwa n’umuhango wo gukebwa. Hanyuma abyaye Izaki amukeba ku munsi wa munani. Ni na ko Izaki yagenje Yakobo, maze na we abigenza atyo kuri ba sogokuruzauko ari cumi na babiri.

9 “Ba sogokuruza abo bagirira Yozefu ishyari, baramugurisha ajyanwa mu Misiri, ariko Imana ibana na we

10 imugobotora mu magorwa ye yose. Imuha ubwenge no gutona ku mwami wa Misiri, maze amugira umutegetsi ugenga igihugu n’urugo rwe rwose.

11 Hanyuma inzara itera hose mu Misiri no muri Kanāni, habaho amagorwa akomeye ba sogokuruza barasonza.

12 Nuko Yakobo yumvise ko mu Misiri hari ibiribwa, yoherezayo ba sogokuruza ubwa mbere.

13 Bagiyeyo ubwa kabiri Yozefu yibwira bene se, ni bwo umwami wa Misiri amenyanye n’umuryango wa Yozefu.

14 Yozefu atumira se Yakobo n’umuryango we wose, bari abantu mirongo irindwi na batanu.

15 Nuko Yakobo yimukira mu Misiri, asazirayo we na ba sogokuruza.

16 Imirambo yabo ijyanwa i Shekemu, ihambwa mu mva Aburahamu yari yaraguze na bene Hamori.

17 “Igihe kigeze ngo bibe nk’uko Imana yasezeraniye Aburahamu, umuryango wacu wari umaze kugwirira cyane mu Misiri.

18 Ni bwo mu Misiri himye undi mwami utarigeze amenya ibya Yozefu.

19 Uwo mwami mushya apyinagaza umuryango wacu, agirira nabi ba sogokuruza, ageza aho abahatira kujugunya impinja zabo ku gasi ngo zitabaho.

20 Ubwo ni bwo Musa avutse ari umwana mwiza bihebuje. Nuko arererwa imuhira amezi atatu.

21 Bamuhisha mu gasozi ariko umukobwa w’umwami aramwitorera, amurera nk’umwana we bwite.

22 Musa yigishwa ubuhanga bwose bw’Abanyamisiri, aba ikirangirire mu byo avuga no mu byo akora.

23 “Musa amaze imyaka mirongo ine avutse, yiyemeje kujya gusura bene wabo b’Abisiraheli.

24 Abona umwe muri bo agirirwa nabi n’Umunyamisiri aramurengera, aramuhōrera yica uwo Munyamisiri.

25 Musa yibwiraga ko bene wabo bamenyeraho ko ari we Imana yatumye kubakiza, ariko ntibabisobanukirwa.

26 Bukeye asanga Abisiraheli babiri barwana, agerageza kubakiranura ati: ‘Mwa bagabo mwe, murapfa iki kandi muri abavandimwe?’

27 Uwarenganyaga mugenzi we asunika Musa amuhinda ati: ‘Ni nde wakugize umutware cyangwa umucamanza wacu?

28 Mbese urashaka kunyica nk’uko ejo wishe wa Munyamisiri?’

29 Musa abyumvise arahunga ajya gutura mu gihugu cya Midiyani, ahabyarira abahungu babiri.

30 “Imyaka mirongo ine ishize abonekerwa n’umumarayika mu gihuru cyaka umuriro, mu butayu bw’umusozi wa Sinayi.

31 Musa abibonye aratangara, ashatse kwegera ngo yitegereze yumva Nyagasani avuga ati:

32 ‘Ndi Imana ya ba sokuruza, Imana ya Aburahamu na Izaki na Yakobo.’ Musa ahinda umushyitsi kubera ubwoba, ntiyatinyuka kubyitegereza.

33 Nuko Nyagasani aramubwira ati: ‘Kuramo inkweto kuko uhagaze ahantu nitoranyirije.

34 Nabonye uko ubwoko bwanjye bukoreshwa agahato mu Misiri, numva no gutaka kwabwo. None ndamanutse ngo mbutabare. Nuko rero ngwino ngutume mu Misiri.’

35 “Musa uwo bene wabo bari baramwanze bamubaza bati: ‘Ni nde wakugize umutware cyangwa umucamanza wacu?’ Nyamara ni we Imana yohereje kubabera umutware n’umutabazi, imutumyeho umumarayika wamubonekereye muri cya gihuru.

36 Musa ni we wabavanye mu Misiri akora ibitangaza, atanga n’ibimenyetso muri icyo gihugu, ku Nyanja Itukura no mu butayu mu gihe cy’imyaka mirongo ine.

37 Ni we wabwiye Abisiraheli ati: ‘Imana izabatumaho umuhanuzi umeze nkanjye ukomoka muri mwe.’

38 Musa uwo ni we wari mu ikoraniro ry’Abisiraheli mu butayu, yari hamwe na ba sogokuruza, akaba ari hamwe na none na wa mumarayika bavuganaga ku musozi wa Sinayi. Ni na we wahaherewe amagambo y’ubugingo ngo ayadushyikirize.

39 “Ariko ba sogokuruza banga kumwumvira baramuhinda, ndetse bifuza kwisubirira mu Misiri.

40 Babwira Aroni bati: ‘Turemere imana zo kutuyobora, kuko Musa wa muntu wadukuye mu Misiri tutazi icyamubayeho.’

41 Ubwo ni bwo bacuze ishusho y’ikimasa bagitambira igitambo, bityo bishimira ikintu bakuye mu bukorikori bwabo.

42 Nuko Imana irabazibukira, irabareka ngo basenge inyenyeri nk’uko byanditswe mu gitabo cy’abahanuzi ngo

‘Mwa Bisiraheli mwe,

ya myaka mirongo ine mwamaze mu butayu

sinigeze mbaka ibitambo n’amaturo.

43 Nyamara mwahetse ihema ry’ikigirwamana Moleki

n’ishusho y’inyenyeri y’ikigirwamana Refani,

ni yo mashusho mwaremeye kuramya.

Nuko rero nzatuma mujyanwa ho iminyago babarenze i Babiloni.’

44 “Mu butayu ba sogokuruza bari bafite Ihema rihamya Isezerano Imana yagiranye na bo, rya rindi yari yategetse Musa gushinga akurikije urugero yamweretse.

45 Hanyuma ba sogokuruza bahererekanya iryo Hema kugeza mu gihe cya Yozuwe, aba ari we ubayobora baza kwigarurira iki gihugu Imana imaze kucyirukanamo amahanga, rirahaguma kugeza mu gihe cya Dawidi.

46 Dawidi uwo yatonnye ku Mana, asaba uburenganzira bwo kubakira Imana ya Yakobo Inzu.

47 Nyamara ni Salomo wayubakiye iyo Nzu.

48 “Ariko Usumbabyose ntaba mu mazu yubatswe n’abantu, nk’uko byavuzwe n’umuhanuzi ati:

49 ‘Ijuru ni intebe yanjye ya cyami,

naho isi ni akabahonkandagizaho ibirenge.

None se muzanyubakira nzu ki?

Ni hehe mubona ko natura?

50 Mbese si jye waremye ibyo byose?’

51 “Yemwe bantu b’ibyigomeke! Yemwe bantu batagira umutima kandi b’ibipfamatwi! Muri kimwe na ba sokuruza, muhora murwanya Mwuka Muziranenge!

52 Mbese hari umuhanuzi n’umwe ba sokuruza batatoteje? Ese ntibishe n’abahanuye kuza kwa ya Ntungane? None namwe ni yo mwagambaniye murayica.

53 Mwahawe Amategeko y’Imana muyashyikirijwe n’abamarayika, nyamara ntimwayakurikiza.”

Sitefano yicishwa amabuye

54 Abari aho bumvise ibyo Sitefano avuze, bicwa n’uburakari bamuhekenyera amenyo.

55 Naho Sitefano yuzura Mwuka Muziranenge, ahanga amaso mu ijuru abona ikuzo ry’Imana na Yezu ahagaze iburyo bwayo.

56 Aravuga ati: “Dore ndareba ijuru rikinguye, n’Umwana w’umuntu ahagaze iburyo bw’Imana.”

57 Baherako bavuza induru barasakuza cyane, baziba amatwi bamwiroheraho icyarimwe,

58 baramukurubana bamuvana mu mujyi maze bamutera amabuye. Abamushinjaga basigira imyitero yabo umusore witwaga Sawuli.

59 Bakimutera amabuye Sitefano arasenga ati: “Nyagasani Yezu, nyakira.”

60 Nuko arapfukama avuga aranguruye ati: “Nyagasani, ubababarire iki cyaha.” Akimara kuvuga atyo araca.

—https://api-cdn.youversionapi.com/audio-bible-youversionapi/126/32k/ACT/7-36dea327e4a294f334f23e1ce4eb04cb.mp3?version_id=387—

Categories
Ibyakozwe n'Intumwa

Ibyakozwe n’Intumwa 8

1 Ibyo kwica Sitefano Sawuli yari abishyigikiye.

Sawuli atoteza abemeye Kristo

Uwo munsi Abakristo b’i Yeruzalemu batangira gutotezwa bikomeye. Uretse Intumwa, bose batatanira mu ntara ya Yudeya n’iya Samariya.

2 Abantu bubahaga Imana bashyingura Sitefano kandi baramuririra cyane.

3 Naho Sawuli we agumya kuyogoza Umuryango wa Kristo. Yavaga mu rugo akajya mu rundi, agakurubana abagabo n’abagore akabata muri gereza.

Ubutumwa bwiza butangazwa muri Samariya

4 Abatatanye bagenda hose bamamaza Ubutumwa bwiza.

5 Filipo we ajya mu mujyi wo muri Samariya, atangariza abaho ibya Kristo.

6 Rubanda bitondera ibyo Filipo avuga, bose bagahuza umutima mu kubyumva no kureba ibitangaza yakoraga.

7 Ingabo za Satani zavaga mu bantu benshi zomongana, kandi abamugaye benshi n’abacumbagiraga bagakira.

8 Nuko muri uwo mujyi hakaba ibyishimo byinshi.

9 Muri uwo mujyi kandi hari umugabo witwaga Simoni wari usanzwe aragura agatangaza Abanyasamariya, akiyita umuntu w’akataraboneka.

10 Nuko abantu bose bakamurangarira, abakuru n’abato bavuga bati: “Uyu muntu arimo ububasha bw’Imana, ubwo bita Indahangarwa.”

11 Bamuhugiraho kuko bari bamaze igihe batangazwa n’ubupfumu bwe.

12 Bamaze kwemera Ubutumwa bwiza Filipo yabazaniye yerekeye ubwami bw’Imana na Yezu Kristo, abagabo n’abagore barabatizwa.

13 Nuko Simoni na we yemera izo nyigisho arabatizwa, yihambira kuri Filipo. Abonye ibimenyetso atanze n’ibitangaza bikomeye akoze arumirwa.

14 Intumwa za Kristo zari i Yeruzalemu zumvise ko abo muri Samariya bemeye Ijambo ry’Imana, ziboherereza Petero na Yohani.

15 Bagezeyo barabasabira ngo bahabwe Mwuka Muziranenge,

16 kuko ari nta n’umwe muri bo yari yamanukiraho, ariko gusa bari barabatijwe mu izina rya Nyagasani Yezu.

17 Petero na Yohani bamaze kubarambikaho ibiganza, abo bantu bahita bahabwa Mwuka Muziranenge.

18 Simoni abonye uko abo Intumwa za Kristo zirambitseho ibiganza bahawe Mwuka Muziranenge, azanira amafaranga Petero na Yohani arababwira ati:

19 “Mumpe nanjye ubwo bushobozi, kugira ngo uwo nzarambikaho ibiganza ahabwe Mwuka Muziranenge.”

20 Petero aramubwira ati: “Uragapfana n’amafaranga yawe! Ubonye ngo utekereze ko wagura impano y’Imana amafaranga!

21 Ntaho uhuriye n’ibi ngibi, nta n’icyo byakungura kuko imigambi yawe itagororokeye Imana.

22 Nuko rero wihane ubwo bugome bwawe maze usabe Nyagasani, urebe ko yakubabarira uwo mugambi wagize.

23 Erega ndasanga umazwe n’ishyari kandi wahambiranye n’ubuhemu!”

24 Simoni ni ko gusubiza ati: “Munsabire Nyagasani, kugira ngo hatagira ikimbaho mu byo mumaze kuvuga.”

25 Petero na Yohani bamaze kwemeza abantu ibyo biboneye no kubabwira ijambo rya Nyagasani, basubira i Yeruzalemu. Bari mu nzira bamamaza Ubutumwa bwiza mu mirenge myinshi yo muri Samariya.

Filipo ahura n’Umunyetiyopiya

26 Umumarayika wa Nyagasani abwira Filipo ati: “Haguruka ugende werekeje mu majyepfo, ufate umuhanda utakiri nyabagendwa uva i Yeruzalemu ugana i Gaza.”

27 Nuko Filipo arahaguruka aragenda, ahura n’Umunyetiyopiya wari icyegeracya Kandakeumwamikazi w’Abanyetiyopiya, ari na we ugenga imari ye yose. Yari yaragiye i Yeruzalemu gusenga Imana.

28 Mu gihe yari mu nzira ataha, yari yicaye mu igare rye asoma igitabo cy’umuhanuzi Ezayi.

29 Mwuka w’Imana abwira Filipo ati: “Egera uriya mugabo wicaye mu igare mugendane.”

30 Filipo ariruka maze yumva wa mugabo asoma igitabo cy’umuhanuzi Ezayi, aramubaza ati: “Mbese aho ibyo usoma urabyumva?”

31 Undi aramusubiza ati: “Nkabyumva nte se ntabonye unsobanurira?”

Nuko asaba Filipo kurira ngo bicarane mu igare.

32 Ibyo yasomaga mu Byanditswe byari ibi ngo:

“Yajyanywe nk’intama bajyana mu ibagiro,

yabaye nk’umwana w’intama uceceka bawukemura ubwoya,

ntiyigeze abumbura umunwa.

33 Bamucishije bugufi ntihagira umurengera.

Ni nde uzamenyekanisha urubyaro rwe ko nta cyo yasize?

Koko yakuwe ku isi.”

34 Uwo mugaragu w’umugabekazi abaza Filipo ati: “Mbese ni nde umuhanuzi yavuzeho ibyo ngibyo? Ni we wivugaga, cyangwa ni undi muntu yavugaga?”

35 Filipo ahera kuri ibyo byanditswe, amubwira Ubutumwa bwiza bwerekeye Yezu.

36 Bagikomeje uwo muhanda baza guhita ahantu hari amazi. Wa mugabo ni ko kugira ati: “Dore amazi hano! None se nabuzwa n’iki kubatizwa?”

[

37 Filipo aramusubiza ati: “Niba wemera Yezu n’umutima wawe wose, ushobora kubatizwa.”

Na we ati: “Nemeye Yezu Kristo ko ari Umwana w’Imana.”]

38 Nuko ategeka guhagarika igare, we na Filipo bombi baramanuka bajya mu mazi, Filipo aramubatiza.

39 Bavuye mu mazi Mwuka wa Nyagasani ajyana Filipo, uwo mugaragu w’umugabekazi ntiyongera kumubona. Nuko akomeza urugendo rwe yishimye.

40 Filipo agiye kubona asanga ari ahitwa Azoto, maze agenda yamamaza Ubutumwa bwiza mu mijyi yose kugeza aho yagereye i Kayizariya.

—https://api-cdn.youversionapi.com/audio-bible-youversionapi/126/32k/ACT/8-4ef0240a22da1f41759a3e794d2c6330.mp3?version_id=387—

Categories
Ibyakozwe n'Intumwa

Ibyakozwe n’Intumwa 9

Sawuli yemera Yezu

1 Sawuli we nta kindi yahozaga ku rurimi kitari ugukangisha abigishwa ba Nyagasani ko bicwa. Nuko ajya ku Mutambyi mukuru,

2 amusaba inzandiko zo gushyikiriza abakuru b’insengero z’Abayahudi z’i Damasi, kugira ngo nabonayo abayobotse inzira ya Yezu, baba abagabo cyangwa abagore, bose abafate abazane i Yeruzalemu.

3 Ari mu nzira agenda agiye kugera i Damasi, agiye kubona abona agoswe n’umucyo uvuye mu ijuru.

4 Yitura hasi, yumva ijwi ry’umuhamagara ati: “Sawuli! Sawuli! Untotereza iki?”

5 Arabaza ati: “Uri nde Nyagasani?”

Yumva usubiza ati: “Ndi Yezu uwo utoteza.

6 Ariko haguruka ujye mu mujyi, uzahabwirirwa icyo ugomba gukora.”

7 Abagabo bagendanaga na Sawuli bari bahagaze badakoma. Bumvaga ijwi ariko ntibabone uvuga.

8 Sawuli arabaduka, maze abumbuye amaso ntiyabona. Nuko baramurandata bamujyana i Damasi.

9 Amarayo gatatu atareba, atarya kandi atanywa.

10 I Damasi rero hakaba umwigishwa wa Kristo witwaga Ananiya. Nyagasani aramubonekera aramuhamagara ati: “Ananiya!”

Undi arasubiza ati: “Karame Nyagasani.”

11 Nyagasani aramubwira ati: “Haguruka ujye ku muhanda witwa Ugororotse, ugere kwa Yuda ubazeyo umuntu witwa Sawuli ukomoka i Tarisi. Ubu arasenga.

12 Amaze kubonekerwa abona umuntu witwa Ananiya yinjira, akamurambikaho ibiganza kugira ngo ahumuke.”

13 Ananiya arasubiza ati: “Nyagasani, numvise benshi bavuga iby’uwo mugabo, ukuntu yagiriye nabi intore zawe z’i Yeruzalemu.

14 None dore yaje ino ahawe uburenganzira n’abakuru bo mu batambyi, kugira ngo afate abantu bose basenga mu izina ryawe.”

15 Ariko Nyagasani abwira Ananiya ati: “Genda kuko uwo muntu ari igikoresho nitoranyirije kugira ngo amenyekanishe mu mahanga, no mu bami bayo no mu rubyaro rwa Isiraheli.

16 Nanjye nzamwereka uburyo bwose azagomba kubabazwa ari jye ahorwa.”

17 Nuko Ananiya aragenda. Ageze mu nzu arambika ibiganza kuri Sawuli, aramubwira ati: “Muvandimwe Sawuli, Nyagasani wakubonekeye uri mu nzira uza ino, akuntumyeho kugira ngo uhumuke kandi wuzuzwe Mwuka Muziranenge.”

18 Muri ako kanya utuntu dusa n’udushishwa dutunguka ku maso ye, tugwa hasi maze abona yongeye kureba. Arahaguruka arabatizwa.

19 Amaze kurya, abona intege.

Sawuli atangaza ibya Yezu i Damasi

Sawuli amarana iminsi n’abigishwa ba Kristo bari i Damasi.

20 Ahita atangira kwamamaza ibya Yezu mu nsengero z’Abayahudi, avuga ko ari we Mwana w’Imana.

21 Abamwumvaga bose baratangaraga, bakabaza bati: “Mbese uyu si we watsembaga abasenga mu izina rya Yezu b’i Yeruzalemu? None se kandi ntiyazanywe hano no kugira ngo abafate abajyane, abashyikirize abakuru bo mu batambyi?”

22 Nyamara Sawuli arushaho kunguka ububasha, agatsinda impaka Abayahudi bari batuye i Damasi, abemeza ko Yezu ari we Kristo.

23 Hashize iminsi myinshi Abayahudi bajya inama yo kwica Sawuli.

24 Nyamara Sawuli amenya uwo mugambi wabo. Barindaga amarembo y’umujyi ijoro n’amanywa kugira ngo babone uko bamwica.

25 Ariko abigishwa be bamucikisha nijoro, bamwururukiriza ku rukuta rw’umujyi bamumanuriye mu gitebo.

Sawuli i Yeruzalemu

26 Sawuli ageze i Yeruzalemu agerageza kwifatanya n’abigishwa ba Kristo. Nyamara bose baramutinya ntibamushira amakenga, kuko batemeraga ko yabaye umwigishwa we koko.

27 Nuko Barinaba aramujyana amushyikiriza Intumwa za Kristo, azitekerereza uko Sawuli yabonekewe na Nyagasani mu nzira akavugana na we. Ababwira n’uburyo Sawuli yigishije mu izina rya Yezu i Damasi, ashize amanga.

28 Nuko Sawuli agumana na bo, akagendagenda hose i Yeruzalemu nta cyo yikanga, ari na ko atangaza ibya Nyagasani ashize amanga.

29 Yaganiraga n’Abayahudi bavugaga ikigereki ndetse akajya impaka na bo, ariko bo bagashaka kumwica.

30 Abavandimwebabimenye baramuherekeza bamugeza i Kayizariya, maze bamwohereza i Tarisi.

31 Ubwo abagize Umuryango wa Kristo bari bafite amahoro muri Yudeya hose, no muri Galileya no muri Samariya. Bityo barakomera bagumya kubaha Nyagasani, bariyongera bafashijwe na Mwuka Muziranenge.

Eneya akira ubumuga

32 Ubwo Petero yagendagendaga igihugu cyose, igihe kimwe ajya gusura intore z’Imana zari zituye i Lida.

33 Ahasanga umugabo witwa Eneya, wari umaze imyaka umunani atava mu buriri kubera ubumuga.

34 Petero aramubwira ati: “Eneya, Yezu Kristo aragukijije, haguruka wisasire.”

Uwo mwanya arahaguruka.

35 Abaturage bose b’i Lida n’abo mu kibaya cya Sharoni babibonye, bayoboka Nyagasani.

Tabita azuka

36 I Yope hari umwigishwakazi wa Kristo witwaga Tabita (mu kigereki ni Doruka, risobanurwa ngo “ingeragere”). Uwo mugore yahoraga agira neza kandi agafasha abakene.

37 Muri iyo minsi aza gufatwa n’indwara maze arapfa. Bamaze kūhagira umurambo, bawuryamisha mu cyumba cyo mu nzu yo hejuru.

38 Abigishwa ba Kristo b’i Yope bumvise yuko Petero ari i Lida bugufi bw’i Yope, bamutumaho abagabo babiri baramwinginga bati: “Nyamuneka, ntutindiganye kuza iwacu!”

39 Nuko Petero arahaguruka ajyana na bo. Ahageze bamujyana muri cya cyumba cyo hejuru. Abapfakazi bose bari bamukikije barira, bamwereka amakanzu n’amakote Doruka yabadodeye akiriho.

40 Nuko Petero arabaheza bose maze arapfukama arasenga. Ni ko kugana ku murambo aravuga ati: “Tabita, haguruka!”

Tabita abumbura amaso, maze abonye Petero areguka aricara.

41 Petero amufata ukuboko aramuhagurutsa, ahamagaza intore z’Imana zarimo ba bapfakazi, amubashyikiriza ari muzima.

42 Iyo nkuru imenyekana i Yope hose, bituma abantu benshi bemera Nyagasani.

43 Nuko Petero amara iminsi myinshi i Yope, acumbitse ku mukannyi witwa Simoni.

—https://api-cdn.youversionapi.com/audio-bible-youversionapi/126/32k/ACT/9-67b42633eaf6eed29e1107dfef14b5b4.mp3?version_id=387—

Categories
Ibyakozwe n'Intumwa

Ibyakozwe n’Intumwa 10

Koruneli atumira Petero

1 I Kayizariya hāri umuntu witwaga Koruneli, akaba n’umukapiteni mu mutwe w’ingabo z’Abanyaroma zaturutse mu Butaliyani.

2 Yari umuntu wubaha Imana akayitinya, we n’abo mu rugo rwe bose. Yagiriraga ubuntu bwinshi abakene kandi yambazaga Imana ubudasiba.

3 Nuko umunsi umwe nk’isaa cyenda z’amanywa aza kubonekerwa. Yibonera umumarayika w’Imana yinjira iwe. Aramubwira ati: “Koruneli!”

4 Agira ubwoba bwinshi atumbira uwo mumarayika, aravuga ati: “Karame Nyagasani.”

Umumarayika aramubwira ati: “Amasengesho yawe n’ubuntu ugirira abakene byageze ku Mana mu ijuru, birayishimisha.

5 Nuko rero ohereza abantu i Yope nonaha, utumize umuntu uhari witwa Simoni wahimbwe Petero.

6 Acumbitse mu rugo rw’umukannyi witwa Simoni, utuye ku nyanja.”

7 Hanyuma umumarayika bavuganaga arigendera. Nuko Koruneli ahamagara abagaragu babiri bo mu rugo rwe, n’umwe mu basirikari bamukoreraga wari umuntu wubaha Imana.

8 Amaze kubatekerereza ibyo byose abohereza i Yope.

9 Bukeye bwaho bakiri mu nzira, bageze hafi y’umujyi wa Yope, Petero ni bwo yuriraga ajya hejuru y’inzugusenga, ubwo hari mu masaa sita.

10 Atangira gusonza ashaka kurya. Mu gihe bategura ibyokurya, agira atya aratwarwa.

11 Abona ijuru rikingutse, ikintu kimeze nk’umwenda munini urambuye, gifashwe ku mitwe ine, kimanuka kiza ku isi.

12 Muri cyo harimo amoko yose y’amatungo n’inyamaswa n’ibikururuka hasi n’inyoni.

13 Yumva ijwi ry’umubwira ati: “Petero, haguruka ubage urye!”

14 Ariko Petero aravuga ati: “Oya Nyagasani! Sinigeze kurya ikintu cyose kitaribwa cyangwa gihumanye.”

15 Yumva iryo jwi ry’umubwira ubwa kabiri ati: “Ibyo Imana yahumanuye ntukabyite ibihumanye!”

16 Biba bityo gatatu, cya kintu giherako gisubizwa mu ijuru.

17 Nuko Petero acyibaza ku byo yeretswe ngo amenye icyo bishaka kuvuga, aboherejwe na Koruneli bari bayoboje aho urugo rwa Simoni ruherereye, baba bageze ku muryango.

18 Barahamagara barabaza bati: “Mbese hari umushyitsi uri hano witwa Simoni Petero?”

19 Mu gihe Petero atekereza ku byo yeretswe, ni bwo Mwuka amubwiye ati: “Dore hano hari abantu batatubagushaka.

20 None haguruka umanuke, ujyane na bo utagira icyo wishisha kuko ari jye wabohereje.”

21 Ubwo Petero aramanuka asanga abo bagabo, arababwira ati: “Uwo mushaka ni jye. Muragenzwa n’iki?”

22 Baramusubiza bati: “Twatumwe n’umukapiteni Koruneli. Ni umuntu w’intungane, wubaha Imana kandi ashimwa cyane n’ubwoko bwose bw’Abayahudi. Yabwiwe n’umwe mu bamarayika baziranenge kugutumira iwe ngo yumve icyo umubwira.”

23 Petero ni ko kubinjiza mu nzu arabacumbikira.

Bukeye, arahaguruka ajyana na bo. Abavandimwe bamwe b’i Yope baramuherekeza.

24 Bukeye bwaho Petero agera i Kayizariya, asanga Koruneli abategereje ari kumwe na bene wabo, n’incuti ze z’amagara yari yatumiye.

25 Petero agiye kwinjira mu nzu Koruneli aramusanganira, yikubita hasi imbere ye aramuramya.

26 Ariko Petero aramwegura agira ati: “Haguruka! Nanjye ndi umuntu nkawe.”

27 Yinjirana na Koruneli mu nzu bavugana, asanga hateraniye abantu benshi.

28 Arababwira ati: “Muzi neza ko nta Muyahudi wemererwa n’idini kugirana umubano n’abanyamahanga, haba no kugera mu ngo zabo. Nyamara Imana yanyeretse ko nta muntu nkwiriye kunena cyangwa ngo mufate nk’uhumanye.

29 Ni na yo mpamvu mumaze kuntumira, nahise nza n’umutima ukunze. None ndababaza icyo mwantumiriye.”

30 Koruneli aravuga ati: “Ejo bundi buriya nko muri aya masaha, mbese nk’isaa cyenda, nari ndi mu nzu nsenga. Ngiye kubona mbona umugabo wambaye imyenda irabagirana ahagaze imbere yanjye.

31 Aravuga ati: ‘Koruneli! Imana yumvise amasengesho yawe, kimwe n’ubuntu ugirira abakene birayishimisha.

32 Nuko none ohereza abantu i Yope, utumire uwitwa Simoni wahimbwe Petero. Ubu acumbitse kwa Simoni w’umukannyi utuye ku nyanja.’

33 Mperako rero ngutumaho, nawe ugize neza ko uje. Ubu twese turi hano imbere y’Imana, kugira ngo twumve ibintu byose Nyagasani yagutumye kutubwira.”

Petero avuga icyamuzanye

34 Nuko Petero aratangira aravuga ati: “Ni ukuri mbonye ko Imana ifata abantu bose kimwe.

35 Yemera uwo mu bwoko bwose uyubaha agakora ibitunganye.

36 Imana yoherereje urubyaro rwa Isiraheli Ubutumwa bwiza bw’amahoro abonerwa muri Yezu Kristo, ari we Mutegetsi wa bose.

37 Muzi ibyabaye muri Galileya bigakwira no mu ntara yose ya Yudeya, Yohani amaze kwamamaza ibyerekeye kubatizwa.

38 Muzi n’ibya Yezu w’i Nazareti, ukuntu Imana yamusutseho Mwuka Muziranenge, ikamuha n’ububasha akagenda hose agirira abantu neza, akiza abo Satani yatwazaga igitugu bose bitewe n’uko Imana yari kumwe na we.

39 Kandi rero ni twe bagabo b’ibyo yakoze byose, i Yeruzalemu n’ahandi mu gihugu cy’Abayahudi. Baramwishe bamubambye ku musaraba.

40 Ariko Imana imuzura ku munsi wa gatatu imuha kwiyerekana.

41 Ntiyiyereka rubanda rwose, ahubwo yiyereka abagabo Imana yatoranyije mbere ngo bahamye ibye, abo ni twe twasangiye na we amaze kuzuka.

42 Nuko adutegeka kwamamaza ibye muri rubanda, no kwemeza ko ari we washyizweho n’Imana kuba umucamanza w’abazima n’abapfuye.

43 Abahanuzi bose bemeje ibya Yezu, bavuga ko kubera ububasha bwe buri wese umwizera ababarirwa ibyaha bye.”

Abatari Abayahudi bahabwa Mwuka Muziranenge.

44 Petero akivuga ibyo Mwuka Muziranenge amanukira ku bumvaga amagambo ye bose.

45 Abemeye Yezu bo mu Bayahudi bari bavanye i Yope na Petero, batangazwa cyane no kubona abo mu yandi mahanga Imana ibagabira impano ari yo Mwuka Muziranenge,

46 kuko bumvaga bavuga indimi zindi kandi baha Imana ikuzo.

Petero aravuga ati:

47 “Aba bantu bahawe Mwuka Muziranenge nk’uko natwe twamuhawe. None se hari uwabima amazi ngo be kubatizwa?”

48 Nuko ategeka ko babatizwa mu izina rya Yezu Kristo, maze basaba Petero kugumana na bo nibura iminsi mike.

—https://api-cdn.youversionapi.com/audio-bible-youversionapi/126/32k/ACT/10-78f89f16ba39690c5df919ab01853f45.mp3?version_id=387—

Categories
Ibyakozwe n'Intumwa

Ibyakozwe n’Intumwa 11

Petero yiregura mu bavandimwe b’i Yeruzalemu

1 Intumwa za Kristo n’abavandimwe bari muri Yudeya yose bumva ko n’abatari Abayahudi bakiriye Ijambo ry’Imana.

2 Nuko Petero agarutse i Yeruzalemu abavugaga ko gukebwa ari ngombwa bamugisha impaka, baramunegura bati:

3 “Ubonye ngo uragenderera abatakebwe ukanasangira na bo?”

4 Petero abatekerereza uko byagenze kose abikuye ruhande ati:

5 “Nari mu mujyi w’i Yope nsenga maze ndabonekerwa. Mbona ikintu cyamanukaga gisa n’umwenda munini urambuye, gifashwe ku mitwe ine. Kiva mu ijuru kingera iruhande.

6 Nkirungurutsemo mbona amatungo n’ibikoko n’ibikururuka hasi n’inyoni.

7 Nuko numva ijwi ry’umbwira ati: ‘Petero, haguruka ubage urye!’

8 Ndamusubiza nti ‘Oya Nyagasani! Sinigeze nkoza mu kanwa ikintu cyose kitaribwa cyangwa gihumanya!’

9 Nongera kumva iryo jwi ry’uvugira mu ijuru ati: ‘Icyo Imana yahumanuye ntukacyite igihumanya.’

10 Ibyo bisubirwamo gatatu, hanyuma ibyo bintu byose bisubizwa mu ijuru.

11 Ako kanya abagabo batatu bantumweho baraza baturutse i Kayizariya, baba bageze ku nzu nari ncumbitsemo.

12 Mwuka ambwira kujyana na bo nta kugingimiranya. Abo bavandimwe batandatu b’i Yope turajyana, twinjira mu nzu ya Koruneli.

13 Adutekerereza ukuntu yabonye umumarayika ageze iwe, akamubwira ati: ‘Ohereza umuntu i Yope, utumize Simoni wahimbwe Petero.

14 Azakubwira uburyo wowe n’abo mu rugo rwawe mwese mwakizwa.’

15 Ngitangira kuvuga Mwuka Muziranenge aramanuka abajyaho, nk’uko natwe yatujeho rugikubita.

16 Ni bwo nibutse icyo Nyagasani yigeze kuvuga ati: ‘Yohani yabatirishije amazi, ariko mwebwe muzabatirishwa Mwuka Muziranenge.’

17 None rero niba Imana yarabagabiye impano imwe n’iyo natwe twahawe cya gihe twemeraga Nyagasani Yezu Kristo, ndi nde wo kurwanya imigambi yayo?”

18 Babyumvise batyo bahita batuza, maze basingiza Imana bati: “Erega n’abatari Abayahudi Imana yabashoboje kwihana kugira ngo bagire ubugingo buhoraho!”

Itorero rya Kristo ryo mu mujyi wa Antiyokiya

19 Abemera Kristo batatanijwe n’amakuba yabaye igihe Sitefano yicwaga. Bamwe muri bo bagiye muri Fenisiya, abandi muri Shipure n’abandi Antiyokiya, batangariza Ijambo ry’Imana Abayahudi bonyine.

20 Nyamara bamwe muri abo bigishwa ba Kristo bakomokaga muri Shipure no muri Sirene, bageze Antiyokiya bavugana n’abatari Abayahudi, babagezaho Ubutumwa bwiza bwerekeye Nyagasani Yezu.

21 Ububasha bwa Nyagasani bwari kuri bo, bigatuma abantu benshi bamwemera bakamuyoboka.

22 Iyo nkuru igera ku itorero rya Kristo ry’i Yeruzalemu, maze bohereza Barinaba Antiyokiya.

23 Agezeyo abona ukuntu Imana yahaye abo bantu umugisha biramushimisha, ni ko kubihanangiriza ngo bakomere kuri Nyagasani babikuye ku mutima.

24 Barinaba yari umuntu mwiza wuzuye Mwuka Muziranenge no kwizera Kristo. Bityo abantu benshi biyongera ku bemeraga Nyagasani.

25 Barinaba aherako ajya i Tarisi gushaka Sawuli.

26 Amubonye bagarukana Antiyokiya. Bamara umwaka wose mu itorero rya Kristo ryaho, bigisha abantu benshi. Abigishwa ba Kristo b’i Antiyokiya ni bo babaye aba mbere mu kwitwa “Abakristo”.

27 Icyo gihe habonetse abahanuzi bavuye i Yeruzalemu, bajya Antiyokiya.

28 Umwe muri bo witwaga Agabo akoreshejwe na Mwuka w’Imana, arahaguruka ahanura ko ku isi yose hagiye gutera inzara ikomeye (koko ni ko byabaye ku ngoma y’umwami w’i Roma witwa Kilawudiyo).

29 Noneho abigishwa ba Kristo bakurikije uko umuntu wese yifite, biyemeza kugira icyo batanga cyo gufasha abavandimwe bari batuye muri Yudeya.

30 Babigenza batyo izo mfashanyo baziha Barinaba na Sawuli, na bo bazishyikiriza abakuru b’Umuryango wa Kristo i Yeruzalemu.

—https://api-cdn.youversionapi.com/audio-bible-youversionapi/126/32k/ACT/11-c650b93adccf5f719be1e77487b61b91.mp3?version_id=387—

Categories
Ibyakozwe n'Intumwa

Ibyakozwe n’Intumwa 12

Kwicwa kwa Yakobo no gufungwa kwa Petero

1 Muri icyo gihe Umwami Herodi atangira kugirira nabi abantu bamwe bo mu Muryango wa Kristo.

2 Ategeka ko bicisha inkota Yakobo mwene se wa Yohani.

3 Abonye ko ibyo bishimishije Abayahudi, ariyongeza afatisha na Petero. Ibyo byabaye mu minsi mikuru Abayahudi baryagamo imigati idasembuye.

4 Amaze kumufata amushyira muri gereza. Ategeka amatsinda ane y’abasirikari bane bane ngo bajye bakuranwa kumurinda. Yashakaga kuzamushyira mu ruhame nyuma y’iminsi mikuru ya Pasika.

5 Nuko Petero arindirwa muri gereza. Ariko ab’Umuryango wa Kristo bakomeza kumusabira ku Mana bashyizeho umwete.

Petero abohorwa

6 Herodi araye ari bumujyane gucirwa urubanza, Petero yari asinziriye azirikishijwe iminyururu ibiri, ari hagati y’abarinzi babiri. Hari n’abandi barinzi ku rugi rwa gereza.

7 Nuko umumarayika wa Nyagasani aratunguka, maze umucyo ukwira muri iyo nzu. Uwo mumarayika akomanga Petero mu rubavu, aramukangura aramubwira ati: “Byuka bwangu!”

Iminyururu ihita imuva ku maboko iragwa.

8 Umumarayika aramubwira ati: “Kenyera ushyiremo n’inkweto!” Abigenza atyo. Umumarayika ni ko kumubwira ati: “Ifubike umwitero wawe unkurikire!”

9 Petero aramukurikira bava aho. Ariko ntiyari azi ko ibyo umumarayika akoze ari ibimubayeho koko, ahubwo yibwiraga ko arota.

10 Banyura ku barinzi ba mbere no ku ba kabiri, bagera ku rugi rw’icyuma rwo ku irembo ryerekera mu mujyi. Rugira rutya rurabikingurira barasohoka, banyura umuhanda umwe wo mu mujyi. Ako kanya umumarayika amusiga aho.

11 Nuko Petero agaruye umutima aravuga ati: “Noneho menye by’ukuri ko Nyagasani yohereje umumarayika we, akankiza amaboko ya Herodi n’imigambi yose y’Abayahudi.”

12 Amaze kumenya neza aho ari, ajya kwa Mariya nyina wa Yohani bitaga Mariko, aho abantu benshi bari bateraniye basenga.

13 Petero akomanga ku rugi rwo ku irembo, maze umukobwa w’umuja witwaga Roda ajya kumva uwo ari we.

14 Amenya ijwi rya Petero maze ibyishimo bimubuza kumukingurira, ahubwo asubirayo yiruka abwira abandi ko Petero ahagaze ku rugi.

15 Baramubwira bati: “Wasaze!”

Ariko ababwira akomeje ko ari iby’ukuri. Bo rero baravuga bati: “Si we, ni umumarayika we!”

16 Nyamara Petero akomeza gukomanga. Bigeza aho baza gukingura, baramubona barumirwa.

17 Arabacecekesha maze abatekerereza uko Nyagasani yamukuye muri gereza. Nyuma arababwira ati: “Mubimenyeshe Yakobon’abandi bavandimwe.”

Nuko Petero arasohoka yigira ahandi hantu.

18 Bukeye haba impagarara nyinshi mu basirikari, bibaza ibyabaye kuri Petero.

19 Herodi amushakisha hose ariko ntiyamubona. Ni bwo yategetse ko babaza abarinzi b’imbohe, hanyuma bakabica. Birangiye Herodi ava muri Yudeya amara iminsi i Kayizariya.

Urupfu rw’Umwami Herodi Agiripa

20 Herodi yari arakariye cyane abaturage b’i Tiri n’i Sidoni. Nuko bo bahuza inama baramusanga, maze bashaka amaboko kuri Bulasito umutware w’abanyanzu b’Umwami, basaba umwami amahoro kuko bahahiraga mu gihugu cye.

21 Ku munsi wagenwe Herodi yambara imyambaro ya cyami, yicara ahirengeye maze afata ijambo aganirira rubanda.

22 Nuko batera hejuru bati: “Erega si umuntu uvuga, ahubwo ni imwe mu mana!”

23 Ako kanya umumarayika wa Nyagasani aramukubita agwa inyo arapfa, kuko yari yihaye icyubahiro gikwiye Imana.

24 Nyamara ijambo ry’Imana rirushaho kwamamara.

25 Barinaba na Sawuli barangije umurimo wabo bava i Yeruzalemu basubira Antiyokiya, bari kumwe na Yohani witwaga Mariko.

—https://api-cdn.youversionapi.com/audio-bible-youversionapi/126/32k/ACT/12-708317357ad849e368538a851bcbfb08.mp3?version_id=387—

Categories
Ibyakozwe n'Intumwa

Ibyakozwe n’Intumwa 13

Barinaba na Sawuli batumwa n’Imana

1 Mu itorero rya Kristo rya Antiyokiya, habaga abahanuzi n’abigisha, ari bo Barinaba na Simeyoni uwo bitaga Rukara, na Lukiyo wo muri Sirene, na Manaheni wari wareranywe n’Umutware Herodina Sawuli.

2 Igihe basengaga Nyagasani bigomwe kurya, Mwuka Muziranenge arababwira ati: “Nimuntoranyirize Barinaba na Sawuli bajye gukora umurimo nabahamagariye.”

3 Nuko bigomwa kurya barasenga, hanyuma babarambikaho ibiganza barabohereza.

Barinaba na Sawuli bajya ku kirwa cya Shipure

4 Barinaba na Sawuli batumwe na Mwuka Muziranenge bajya i Selukiya, aho bafata ubwato bagana kuri Shipure.

5 Bageze ku cyambu cya Salamina, bavuga ijambo ry’Imana mu nsengero z’Abayahudi. Yohani Mariko na we yari kumwe na bo abafasha.

6 Bambukiranya ikirwa cyose bagera i Pafo, bahasanga umupfumu w’Umuyahudi wahanuraga ibinyoma witwaga Bariyezu.

7 Yabaga kwa Serugiyo Pawulo, Umunyaroma w’umunyabwenge wategekaga icyo kirwa. Uwo mutegetsi atumiza Barinaba na Sawuli, kuko yashakaga kumva Ijambo ry’Imana.

8 Uwo mupfumu Eluma (ni ko Bariyezu yitwa mu Kigereki) arabarwanya, agerageza kuyobya umutegetsi ngo atemera Kristo.

9 Nyamara Sawuli ari we Pawuloyuzuye Mwuka Muziranenge, ahanga ijisho uwo mupfumu aramubwira ati:

10 “Yewe mwana wa Satani, mwanzi w’ubutungane bwose wuzuye uburiganya n’amahugu, uzageza he gusiba amayira ajya kuri Nyagasani?

11 None dore Nyagasani abanguye ukuboko ngo agukubite, urafatwa n’ubuhumyi umare iminsi utareba izuba.”

Ako kanya Eluma aba nk’uri mu mwijima, arahumagurika ashaka abamurandata.

12 Wa mutegetsi abonye ibibaye atangazwa n’inyigisho za Nyagasani, maze aramwemera.

Pawulo yigishiriza Antiyokiya ho muri Pisidiya

13 Pawulo n’abo bari kumwe binjirira mu bwato i Pafo, bafata hakurya i Periga ho muri Pamfiliya, Yohani Mariko we abasiga aho yisubirira i Yeruzalemu.

14 Bo bava i Periga barakomeza, maze bataha Antiyokiya ho muri Pisidiya. Ku munsi w’isabato binjira mu rusengero baricara.

15 Bamaze gusoma mu gitabo cy’Amategeko n’Abahanuzi, abayobozi b’urusengero babatumaho bati: “Bavandimwe, turagira ngo mugire icyo mubwira abantu bacu, niba hari ufite ijambo ryo kubahugura.”

16 Pawulo arahaguruka arambura ukuboko abasaba gutuza, arababwira ati: “Bisiraheli n’abandi mwese mwubaha Imana, nimunyumve.

17 Imana y’uyu muryango wa Isiraheli yatoranyije ba sogokuruza ibagira ubwoko bukomeye, igihe bari abasuhuke mu gihugu cya Misiri, nyuma ibakuzayo ukuboko kwayo gukomeye.

18 Nuko imara imyaka mirongo ine yihanganira ingeso zaboigihe bari mu butayu.

19 Imana imaze kurimbura amahanga arindwi mu gihugu cya Kanāni, ikigabira abantu bayo kiba igihugu cyabo bwite,

20 bakimaramo imyaka magana ane na mirongo itanu.

“Nyuma y’ibyo ibaha abacamanzabo kubategeka kugeza mu gihe cy’umuhanuzi Samweli.

21 Ubwo ni bwo basabye umwami wo kubategeka, Imana ibaha Sawuli mwene Kishi wo mu muryango wa Benyamini, abategeka imyaka mirongo ine.

22 Imana imaze kumukuraho ishyiraho Dawidi kugira ngo ababere umwami, iramuhamya iti: ‘Niboneye Dawidi mwene Yese, umuntu unogeye uzakora ibyo nshaka byose.’

23 Yezu ukomoka kuri Dawidi uwo, ni we Imana yagize Umukiza w’Abisiraheli nk’uko yabisezeranye.

24 Nuko Yezu atarasesekara aho, Yohani yatangarizaga Abisiraheli bose ko bagomba kwihana ngo babatizwe.

25 Nuko Yohani ajya kurangiza umurimo we abaza abantu ati: ‘Muragira ngo ndi nde? Sindi uwo mukeka. Ahubwo dore hari uje ankurikiye, ntibinankwiriye kumukuramo inkweto.’

26 “Bavandimwe, rubyaro rwa Aburahamu n’abandi bo muri mwe mwubaha Imana, ubu Butumwa bw’agakiza ni twe bwagenewe.

27 Abatuye i Yeruzalemu n’abategetsi babo ntibasobanukiwe Yezu uwo ari we, ntibanasobanukiwe ibyo abahanuzi bahanuye kuri we kandi bisomwa mu nsengero buri sabato. Nyamara babisohoje ubwabo igihe bamuciraga urwo gupfa.

28 Nubwo batabonye impamvu yo kumwicisha, basabye Pilato kumwica.

29 Bamaze gukora nk’uko byanditswe kuri we kose, bamumanura ku musaraba yabambweho bamushyira mu mva.

30 Ariko Imana iramuzura.

31 Amara iminsi myinshi abonekera abo bari baragendanye kuva i Galileya kugera i Yeruzalemu, ubu ni bo bagabo bo guhamya ibyo muri rubanda.

32 None tubazaniye inkuru nziza: icyo Imana yasezeranyije ba sogokuruza,

33 yarakidukoreye twebwe abana babo ubwo yazuraga Yezu, nk’uko byanditswe muri zaburi ya kabiri ngo

‘Ni wowe Mwana wanjye, kuva uyu munsi ndi So.’

34 Imana yavuze kandi ko izamuzura mu bapfuye, kugira ngo atazasubira ukundi mu mva ngo abore, ibivuga itya iti:

‘Nzabaha ibyiza bitagira amakemwa kandi bidahinyuka,

ibyo nasezeraniye Dawidi.’

35 Ni cyo gituma no mu yindi zaburi havuga ngo

‘Ntuzemera ko ugutunganiye abora.’

36 Dawidi we yakoze ibyo Imana ishaka mu gihe cye, maze arasaza ashyingurwa hamwe na ba sekuruza arabora.

37 Ariko uwo Imana yazuye ntiyigeze abora.

38-39 Noneho bavandimwe, mumenye ko ari ku bwa Yezu uwo mwagejejweho iyo nkuru yo kubabarirwa ibyaha. Ku bwe kandi buri wese muri mwe umwemera agirwa intungane imbere y’Imana ku byamushinjaga byose, kandi bitari kubashobokera mwishingikirije ku Mategeko ya Musa.

40 Muririnde rero kugira ngo ibyavuzwe n’abahanuzi bitababaho bagira bati:

41 ‘Mwa banyagasuzuguro mwe, nimwitegereze,

nimutangare maze mwipfire!

Muri iki gihe cyanyu ngiye gukora igitangaza,

ntimuzacyemera nubwo hagira ukibabwira.’ ”

42 Pawulo na Barinaba basohotse mu rusengero, abo bantu babasaba kuzongera kubabwira bene ayo magambo ku isabato itaha.

43 Iteraniro rimaze gusezererwa, benshi bo mu Bayahudi n’abandi bemeye idini yabo bakurikira Pawulo na Barinaba, ni ko kuvugana na bo babatera umwete wo gukomeza kwishingikiriza ku buntu Imana igira.

44 Ku isabato yakurikiyeho, hafi y’abantu bose batuye umujyi barakorana ngo bumve Ijambo ry’Imana.

45 Abayahudi babonye icyo kivunge cy’abantu ishyari rirabashengura, ni ko guhinyura ibyo Pawulo yavugaga baranamusebya.

46 Nuko Pawulo na Barinaba babasubiza bashize amanga bati: “Byari bikwiriye ko ari mwe mubanza kubwirwa Ijambo ry’Imana. Ariko kuko muryanze kandi mukabona ko mudakwiriye ubugingo buhoraho, dore twisangiye ab’andi mahanga.

47 Ni na ko Nyagasani yadutegetse ati:

‘Nakugize urumuri rw’abanyamahanga,

uzageza agakiza ku mpera z’isi.’ ”

48 Abatari Abayahudi babyumvise baranezerwa, bishimira Ijambo rya Nyagasani. Abari bagenewe ubugingo buhoraho bose bemera Kristo.

49 Ijambo rya Nyagasani rikwira muri icyo gihugu cyose.

50 Ariko Abayahudi boshya abagore bubaha Imana b’abanyacyubahiro n’abantu bakomeye bo mu mujyi, bateza abantu gutoteza Barinaba na Pawulo, bageza aho babirukana mu ntara yabo.

51 Na bo bahungura umukunguguwo mu birenge byabo, barawubasigira maze bīgira mu mujyi witwa Ikoniyo.

52 Abigishwa ba Kristo bo mu mujyi wa Antiyokiya basigaye buzuye ibyishimo na Mwuka Muziranenge.

—https://api-cdn.youversionapi.com/audio-bible-youversionapi/126/32k/ACT/13-d0fc8ea557247f8ae4153cdb87b4a62b.mp3?version_id=387—

Categories
Ibyakozwe n'Intumwa

Ibyakozwe n’Intumwa 14

Mu mujyi wa Ikoniyo

1 Ni ko byagenze bageze Ikoniyo, Pawulo na Barinaba binjiye mu rusengero rw’Abayahudi, maze bavugana na bo ku buryo Abayahudi n’abatari Abayahudi benshi cyane bemeye Kristo.

2 Ariko Abayahudi bari banze kumwemera bateye imidugararo mu batari Abayahudi, babatera kumerera nabi abo bavandimwe.

3 Nuko Pawulo na Barinaba bahamara igihe kitari gito bavuga ibya Nyagasani bashize amanga, na we abaha gukora ibitangaza no gutanga ibimenyetso byemeza ibyo bavugaga byerekeye ubuntu bw’Imana.

4 Abatuye uwo mujyi bicamo ibice, bamwe bajya ku ruhande rw’Abayahudi, abandi ku rw’Intumwa za Kristo.

5 Nuko Abayahudi n’abatari bo bajya inama n’abatware babo, kugira ngo bagirire nabi Pawulo na Barinaba babatere amabuye.

6 Abo babimenye bahungira mu mijyi ya Lisitira na Derube yo muri Likawoniya, no mu karere gahereranye na yo.

7 Aho ngaho bakomeza kuhatangaza inkuru nziza ya Kristo.

I Lisitira n’i Derube

8 I Lisitira hari umugabo wari waravutse aremaye ibirenge, ntiyigera abasha gutambuka.

9 Yicaye aho atega Pawulo amatwi. Pawulo amwitegereje abona yizeye gukira indwara,

10 amubwira mu ijwi riranguruye ati: “Haguruka uhagarare wemye!”

Arabaduka aragenda.

11 Aho hari imbaga nyamwinshi y’abantu, babonye icyo Pawulo yakoze barangurura amajwi, bavuga mu rurimi rwo muri Likawoniya bati: “Imana zifite ishusho y’abantu zatumanukiye!”

12 Barinaba bamwita Zewu, na Pawulo bamwita Herume, kuko ari we wakundaga gufata ijambo.

13 Ingoro ya ya mana yabo Zewu yari inyuma y’umujyi. Nuko umutambyi wayo azana ku irembo ibimasa bitatse indabyo, kubera ko we na rubanda bashakaga gutura ibitambo izo Ntumwa za Yezu.

14 Ariko Barinaba na Pawulo bumvise ibyo bashaka kubakorera, bahita bashishimura imyambaro yabo kubera umubabaro, biroha muri iyo nteko y’abantu bakōmēra bati:

15 “Mwa bagabo mwe, ibyo ni ibiki mushaka gukora? Natwe turi abantu nkamwe. Tubazaniye Ubutumwa bwiza ngo mureke ibyo bintu bitagira akamaro, muhindukirire Imana nzima yaremye ijuru n’isi n’inyanja n’ibirimo byose.

16 Mu bihe byashize yaretse amahanga yose akora ibyo yishakiye.

17 Nyamara ntiyareka gutanga ibimenyetso bihamya ukugira neza kwayo: kubavubira imvura no kubaha umusaruro mu gihe gikwiriye, no kubahaza ibibatunga n’ibibashimisha.”

18 Nubwo izo Ntumwa za Kristo zavuze zityo, ntibyazoroheye kubuza iyo mbaga y’abantu kuzitura ibitambo.

19 Bigeze aho haza Abayahudi bamwe bavuye muri Antiyokiya no muri Ikoniyo, bigarurira abo bantu bose, batera Pawulo amabuye ngo bamwice. Nyuma bamukururira inyuma y’umujyi batekereza ko yapfuye.

20 Ariko igihe abigishwa ba Kristo bamukikije, arahaguruka asubira mu mujyi. Bukeye ajyana na Barinaba i Derube.

Pawulo na Barinaba basubira Antiyokiya ho muri Siriya

21 Pawulo na Barinaba bamamaza inkuru nziza ya Yezu i Derube, maze bahabona abigishwa benshi. Hanyuma basubira i Lisitira na Ikoniyo na Antiyokiya ho muri Pisidiya.

22 Bakomeza abigishwa ba Kristo baho, babatera umwete kugira ngo bakomere ku kwizera Kristo bababwira bati: “Ni ngombwa ko tunyura mu makuba menshi ngo tubone kwinjira mu bwami bw’Imana.”

23 Batoranya abakuru muri buri koraniro ry’Umuryango wa Kristo, bamaze gusenga no kwigomwa kurya babaragiza Nyagasani bari baremeye.

24 Bambukiranya akarere kose ka Pisidiya, bagera mu ntara ya Pamfiliya.

25 Bamaze kubwira ab’i Periga Ijambo ry’Imana, baramanuka bagera ahitwa Ataliya,

26 bavayo bafata ubwato bagana Antiyokiya ho muri Siriya, aho ba bavandimwe bari barabaragirije Imana, ngo ibagirire ubuntu bwo kubashoboza gukora uwo murimo bari barangije.

27 Bagezeyo bakoranya itorero rya Kristo ryaho ryose, baritekerereza ibyo Imana yabakoresheje byose, n’uburyo yugururiye irembo abatari Abayahudi ngo binjire mu bemera Kristo.

28 Nuko bamarana igihe kitari gito n’abigishwa ba Kristo.

—https://api-cdn.youversionapi.com/audio-bible-youversionapi/126/32k/ACT/14-0d31a18689a20594ac0472ad3ebad68e.mp3?version_id=387—

Categories
Ibyakozwe n'Intumwa

Ibyakozwe n’Intumwa 15

Inama yabereye i Yeruzalemu

1 Abantu bamwe bavuye muri Yudeya basanga abavandimwe bo mu mujyi wa Antiyokiya, barabigisha bati: “Ntimubasha gukizwa niba mudakebwe mukurikije umuhango twasigiwe na Musa.”

2 Pawulo na Barinaba babyumvise bajya impaka na bo zitoroshye, barabavuguruza. Noneho abo bavandimwe batoranya Pawulo na Barinaba hamwe n’abandi bo muri bo, ngo bajye i Yeruzalemu kugisha inama Intumwa za Kristo n’abakuru ku byerekeye icyo kibazo.

3 Nuko ab’itorero rya Kristo babaha ibyo kubafasha mu rugendo, bambukiranya intara za Fenisiya na Samariya bagenda bavuga ukuntu abatari Abayahudi bahindukiriye Imana, iyo nkuru inyura abavandimwe bose.

4 Bageze i Yeruzalemu bakirwa n’itorero rya Kristo ryaho n’Intumwa za Kristo n’abakuru, babatekerereza ibyo Imana yabakoresheje.

5 Ariko bamwe bo mu ishyaka ry’Abafarizayi bari bemeye Kristo, barahaguruka baravuga bati: “Abo banyamahanga bagomba gukebwa no gutegekwa gukurikiza Amategeko ya Musa.”

6 Intumwa za Kristo n’abakuru bakoranywa no gusuzuma icyo kibazo.

7 Bamaze umwanya bajya impaka, Petero arahaguruka arababwira ati: “Bavandimwe, muzi yuko kera Imana yantoranyije muri mwe ngo ntangaze Ubutumwa bwayo bwiza mu banyamahanga, kugira ngo babwumve babwemere.

8 Ariko Imana yo izi imitima y’abantu itanga icyemezo ko yemeye abo banyamahanga, igihe yabahaga Mwuka Muziranenge nk’uko natwe yamuduhaye.

9 Nta tandukaniro Imana yashyize hagati yacu na bo, ahubwo yatunganyije imitima yabo kubera ko bayizeye.

10 None rero kuki mushaka kugerageza Imana, mukorera abo bigishwa ba Kristo umutwaro tutabashije kwikorera natwe ubwacu, habe n’ababyeyi bacu?

11 Ahubwo twemera ko ari twe ari na bo, twese twakijijwe kubera ubuntu Nyagasani Yezu Kristo yatugiriye.”

12 Iryo teraniro ryose riraceceka, ryumva Barinaba na Pawulo baritekerereza ibimenyetso Imana yatanze n’ibitangaza yabakoresheje mu banyamahanga.

13 Bamaze kuvuga Yakoboafata ijambo ati: “Bavandimwe, nimunyumve.

14 Simoni Petero yadutekerereje ukuntu Imana yagendereye abanyamahanga rugikubita, ibatoranyamo abo kuba abantu bayo,

15 ibyo bikaba bihuje n’ibyavuzwe n’abahanuzi nk’uko Ibyanditswe bivuga ngo

16 ‘Nyuma y’ibyo nzagaruka,

nzavugurura ingoma ya Dawidi imeze nk’inzu yasenyutse,

ahasenyutse nzahasana nyihagarike.

17 Abantu bazacika ku icumu bazansanga,

amahanga yose yahoze ari ayanjye azansanga.’

Uko ni ko Nyagasani avuga,

18 wabitangaje kuva kera kose.”

19 Yakobo arakomeza ati: “Ndemeza ko tutashyira amananiza ku banyamahanga bahindukirira Imana.

20 Ahubwo tubandikire kugira ngo birinde ibyahumanijwe kubera ko byatuwe ibigirwamana, birinde n’ubusambanyi no kurya inyama z’ibyanizwe, birinde no kunywa amaraso.

21 Erega kuva kera kose, mu mijyi yose Musa afite abatangaza Amategeko ye, bakayasomera mu nsengero buri sabato!”

Urwandiko rwandikiwe abanyamahanga bemeye Kristo

22 Nuko Intumwa za Kristo n’abakuru n’ab’Umuryango we bose biyemeza kwitoramo bamwe ngo babohereze Antiyokiya, bajyanye na Pawulo na Barinaba. Batoranyije Yuda witwaga Barisaba na Silasi, abagabo babiri b’imena mu bavandimwe.

23 Babaha urwandiko ruvuga ruti:

“Twebwe Intumwa za Kristo n’abakuru turabaramutsa, bavandimwe bacu bo mu yandi mahanga, batuye Antiyokiya no mu ntara za Siriya na Silisiya.

24 Twumvise ko bamwe muri twe babaroshyemo amagambo yo kubakura imitima, kandi tutigeze tubatuma.

25 None twese twahuje umugambi wo gutoranya abo kubatumaho. Bazanye na Barinaba na Pawulo dukunda cyane,

26 bahaze amagara yabo kugira ngo bakorere Umwami wacu Yezu Kristo.

27 Ngabo rero Yuda na Silasi ni bo tubatumyeho, ngo mubonane imbonankubone babibwirire ibyo tubandikiye.

28 Byanogeye Mwuka Muziranenge kimwe natwe kutabashyiraho umutwaro urenze aya mategeko ya ngombwa:

29 mwirinde kurya inyama zatuwe ibigirwamana n’iz’ibyanizwe, no kunywa amaraso ndetse no gusambana. Nimureka gukora ibyo muzaba mugenje neza. Tubasezeyeho.”

30 Nuko abari batumwe berekeza iya Antiyokiya, bagezeyo bakoranya ab’itorero rya Kristo babashyikiriza urwandiko.

31 Bamaze kurubasomera, abantu bose bishimira ubwo butumwa bubakomeza.

32 Yuda na Silasi ubwabo bari abahanuzi, ni ko kuvugana n’abo bavandimwe byinshi bibahugura bikanabakomeza.

33 Bamarana na bo iminsi, hanyuma babasezeraho basubira ku babatumye, abo bavandimwe bamaze kubifuriza urugendo ruhire. [

34 Icyakora Silasi yiyemeza kuguma aho.]

35 Pawulo na Barinaba baguma Antiyokiya, bo n’abandi benshi bigisha kandi bamamaza Ijambo rya Nyagasani.

Pawulo atangira urugendo rwa kabiri

36 Hashize iminsi Pawulo abwira Barinaba ati: “Reka dusubireyo dusure abavandimwe bo mu mijyi yose aho twatangaje Ijambo rya Nyagasani, turebe uko bameze.”

37 Ubwo Barinaba yashakaga ko bajyana na Yohani witwaga Mariko,

38 ariko Pawulo asanga atari byiza kujyana na we kuko yigeze kubatererana muri Pamfiliya, ntagumane na bo ngo barangize umurimo.

39 Impaka ziba zose kugeza ubwo batandukana, Barinaba ajyana Mariko bafata ubwato bajya muri Shipure.

40 Pawulo we atoranya Silasi, avayo abavandimwe bamaze kumuragiza Nyagasani ngo akomeze kumugirira ubuntu.

41 Anyura muri Siriya na Silisiya akomeza amatorero ya Kristo.

—https://api-cdn.youversionapi.com/audio-bible-youversionapi/126/32k/ACT/15-5bfeec462b07c0ddc53f765d7bb44dbd.mp3?version_id=387—