Categories
Yohani

Yohani 7

Abavandimwe ba Yezu ntibamwemeye

1 Nyuma y’ibyo Yezu akomeza kugenda muri Galileya ntiyifuzaga kugenda muri Yudeya kuko Abayahudi bashakaga kumwica.

2 Iminsi mikuru y’ingando y’Abayahudi yari yegereje.

3 Nuko abavandimwe ba Yezu baramubwira bati “Haguruka, ujye muri Yudeya, kugira ngo abigishwa bawe baho na bo barebe ibyo ukora.

4 Erega ushaka kumenyekana ntakora rwihishwa! Ubwo ukora bene ibyo, ngaho iyereke abantu bose!”

5 N’ubundi n’abavandimwe be ntibamwemeraga.

6 Nuko Yezu arabasubiza ati “Igihe cyanjyentikiragera, naho kuri mwe igihe cyose gihora kibatunganiye.

7 Ab’isi ntibashobora kubanga, ariko jye baranyanga kuko nemeza ko ibyo bakora ari bibi.

8 Mwebweho nimwigire mu minsi mikuru, ariko jye sinjyayokuko igihe cyanjye kitaragera.”

9 Amaze kubabwira atyo yigumira muri Galileya.

Yezu mu minsi mikuru y’Ingando

10 Nyamara abavandimwe be bamaze kujya mu minsi mikuru, Yezu na we ajyayo ariko bitari ku mugaragaro, ahubwo agenda rwihishwa.

11 Abayahudi bamushakashakiraga mu minsi mikuru babaza bati: “Mbese wa muntu ari he?”

12 Rubanda bongoreranaga ibimwerekeye, bamwe bakavuga bati: “Ni umuntu mwiza”, abandi bati: “Oya, ahubwo arayobya rubanda.”

13 Nyamara nta wamuvugaga ku mugaragaro kuko batinyaga abakuru b’Abayahudi.

14 Iminsi mikuru igeze hagati, Yezu araza yinjira mu rugo rw’Ingoro y’Imana, atangira kwigisha.

15 Abayahudi baratangara maze baravuga bati: “Bishoboka bite ko uriya muntu yamenya ubwenge bungana butya kandi atarigeze yiga?”

16 Nuko Yezu arabasubiza ati: “Ibyo nigisha si ibyanjye bwite, ahubwo ni iby’Uwantumye.

17 Umuntu wese ukunda gukora ibyo Imana ishaka azamenya ko ibyo nigisha bituruka ku Mana, cyangwa ko ari ibyo nihangiye.

18 Uwivugira ibye bwite aba yishakira icyubahiro, ariko ushaka guhesha icyubahiro Uwamutumye aba ari umunyakuri utagira uburiganya.

19 Mbese Musa ntiyabahaye Amategeko? Nyamara nta n’umwe muri mwe uyakurikiza. Ni kuki mushaka kunyica?”

20 Rubanda ni ko kumusubiza bati: “Wahanzweho! Ni nde ushaka kukwica?”

21 Yezu arabasubiza ati: “Hari ikintu kimwe nakoze, maze mwese muratangara kuko hari ku isabato.

22 Musa yabahaye umuhango wo gukebwa – icyakora si we byakomotseho ahubwo ni kuri ba sogokuruza, no ku isabato mubikorera abahungu banyu.

23 Niba umuhungu akebwa ku isabato ntibibe byishe itegeko rya Musa, ni kuki jye mundakarira ngo nakijije umuntu indwara ku isabato?

24 Ntimugace imanza mushingiye ku bigaragara gusa, ahubwo mujye muca imanza zitabera.”

Abantu bibaza niba Yezu ari we Kristo

25 Bamwe mu baturage b’i Yeruzalemu barabaza bati: “Uriya si wa wundi bashaka kwica?

26 Nyamara dore aravugira mu ruhame bakinumira. Ubanza koko abayobozi bacu bamenye ko ari we Kristo!

27 Ariko se ko Kristo naza nta muntu n’umwe uzamenya iyo aturutse, nyamara uriya we tukaba tuhazi!”

28 Icyo gihe Yezu yigishirizaga mu rugo rw’Ingoro y’Imana, maze avuga aranguruye ijwi ati: “Mbese koko muranzi, muzi n’aho nturuka? Sinaje ku bwanjye ahubwo naje ntumwe n’iy’ukuri mwe mutazi.

29 Nyamara jyewe ndayizi kuko naturutse kuri yo kandi akaba ari yo yantumye.”

30 Nuko bashaka uko bamufata ariko ntihagira n’umwe umukoza n’urutoki, kuko igihe cye cyari kitaragera.

31 Benshi bo muri iyo mbaga baramwemera, maze baravuga bati: “Mbese Kristo naza azakora ibitangaza biruta ibyo uyu yakoze?”

Abafarizayi batuma abantu gufata Yezu

32 Abafarizayi bumva ibyo rubanda bahwihwisa ku byerekeye Yezu. Nuko abakuru bo mu batambyi n’Abafarizayi batuma abarinzi b’Ingoroy’Imana kumufata.

33 Yezu aherako aravuga ati: “Ndacyari kumwe namwe igihe gito, hanyuma ngasanga Uwantumye.

34 Muzanshaka mwe kumbona, kuko aho nzaba ndi mutazabasha kugerayo.”

35 Nuko Abayahudi barabazanya bati: “Mbese agiye kujya he tutazamubona? Ese ni mu mahanga, aho abantu bacu batataniye ngo yigishe abanyamahanga?

36 Aravuze ngo tuzamushaka twe kumubona, kuko aho azaba ari tutazashobora kugerayo! Ibyo bivuga iki?”

Imigezi y’amazi y’ubugingo

37 Ku munsi uheruka iminsi mikuru y’Ingando ari na wo bizihizaga cyane, Yezu ahagaze mu rugo rw’Ingoro y’Imana avuga aranguruye ati: “Umuntu wese ufite inyota nansange maze anywe.

38 Nk’uko Ibyanditswe bivuga, umuntu unyizera imigezi y’amazi y’ubugingoizamuturukamo.”

39 Ibyo Yezu yabivuze yerekeza kuri Mwuka w’Imana abamwizeye bari bagiye kuzahabwa. Icyo gihe Mwuka yari ataroherezwa kuko Yezu yari atarahabwa ikuzo.

Kwirema ibice

40 Nuko bamwe muri icyo kivunge cy’abantu bumvise ayo magambo baravuga bati: “Koko uyu ni wa Muhanuzi!”

41 Abandi baravuga bati: “Ni Kristo!”

Ariko abandi barabaza bati: “Bishoboka bite ko Kristo yaturuka muri Galileya?

42 Mbese Ibyanditswe ntibivuga ko Kristo azakomoka mu rubyaro rwa Dawidi, no mu mujyi wa Betelehemu aho Dawidi yavukiye?”

43 Nuko abantu bicamo ibice kubera Yezu.

44 Bamwe bashaka kumufata nyamara ntihagira umukoza n’urutoki.

Abakuru b’Abayahudi banga kwemera Yezu

45 Ba barinzi b’Ingoro y’Imana bagarutse, abakuru bo mu batambyi n’Abafarizayi barababaza bati: “Kuki mutamuzanye?”

46 Abarinzi barabasubiza bati: “Nta wigeze avuga nk’uwo muntu!”

47 Nuko Abafarizayi barababaza bati: “Mbese namwe yabahenze ubwenge?

48 Mbese mwabonye mu batware cyangwa mu Bafarizayi hari n’umwe wigeze amwemera?

49 Rubanda batazi Amategeko ni bo bonyine bamwemeye, ni ibivume!”

50 Nyamara umwe mu Bafarizayi witwa Nikodemu, wa wundi wari warigeze gusanga Yezu arababaza ati:

51 “Mbese dukurikije Amategeko yacu twashobora gucira umuntu urubanza tutabanje kumva icyo avuga, ngo tumenye n’icyo yakoze?”

52 Baramusubiza bati: “Nawe se uri uwo muri Galileya! Reba mu Byanditswe urasanga ko nta muhanuzi ushobora guturuka muri Galileya.”

Umugore wafashwe asambana

[

53 Nuko barikubura buri muntu asubira iwe.

—https://api-cdn.youversionapi.com/audio-bible-youversionapi/126/32k/JHN/7-0c593a1215ac287654be393a4586200b.mp3?version_id=387—

Categories
Yohani

Yohani 8

1 Yezu ajya ku Musozi w’Iminzenze.

2 Umuseke ukebye agaruka mu rugo rw’Ingoro y’Imana, abantu bose baramusanga maze aricara atangira kubigisha.

3 Abigishamategeko n’Abafarizayi bamuzanira umugore wafashwe asambana, bamuhagarika hagati yabo.

4 Baramubwira bati: “Mwigisha, uyu mugore yafashwe asambana.

5 Mu Mategeko Musa yadutegetse kwicisha amabuye abasambanyi. Mbese wowe urabivugaho iki?”

6 Ibyo babivugiraga kumutegera mu byo avuga, ngo babone ibyo bamurega. Ariko Yezu ariyunamira atangira kwandikisha urutoki hasi.

7 Abonye ko bakomeje kumuhata ibibazo, Yezu arunamuka arababwira ati: “Udafite icyaha muri mwe abe ari we ubanza kumutera ibuye.”

8 Nuko arongera arunama akomeza kwiyandikira hasi.

9 Na bo babyumvise batyo bagenda umwe umwe uhereye ku bakuze, basiga Yezu wenyine na wa mugore akiri aho yari ari.

10 Yezu arunamuka aramubaza ati: “Mugore, ba bandi bari he? Ese nta n’umwe waguciriyeho iteka?”

11 Na we aramusubiza ati: “Nta we Mwigisha.”

Nuko Yezu aramubwira ati: “Nanjye nta teka nguciriyeho genda, uhereye ubu ntuzongere gukora icyaha.”]

Yezu urumuri rw’isi

12 Yezu arongera arababwira ati: “Ni jye rumuri rw’isi. Unkurikira ntazagenda mu mwijima, ahubwo azaba afite umucyo w’ubugingo.”

13 Nuko Abafarizayi baramubwira bati: “Nta wivuga amabi. Ibyo wivugaho si ukuri.”

14 Yezu arabasubiza ati: “Nubwo ari jye uhamya ibinyerekeyeho, ibyo mpamya ni ukuri kuko nzi aho naturutse n’aho njya, nyamara mwebwe ntimuzi aho mva n’aho njya.

15 Mwebwe mwigira abacamanza mushingiye ku byo mureba, naho jye nta muntu ncira urubanza.

16 Icyakora nubwo nagira uwo nducira, naba nshingiye ku kuri kuko mba ntari jyenyine, ahubwo mba ndi kumwe na Data wantumye.

17 Ndetse no mu Mategeko yanyu handitswe ko igihamijwe n’abantu babiri kiba ari icy’ukuri.

18 Ni jye uhamya ibinyerekeyeho kandi na Data wantumye arabihamya.”

19 Nuko baramubaza bati: “So ari he?”

Yezu arabasubiza ati: “Jye ntimunzi kandi na Data ntimumuzi. Iyo mumenya muba mwaramenye na Data.”

20 Ibyo byose Yezu yabivuze igihe yigishirizaga mu rugo rw’Ingoro y’Imana, aho baturiraga amaturo, kandi ntihagira n’umwe umufata kuko igihe cyecyari kitaragera.

“Aho ngiye ntimubasha kujyayo”

21 Yongera kubabwira ati: “Ndagiye kandi muzanshaka, nyamara muzarinda mupfa mukiri mu byaha. Aho ngiye ntimubasha kujyayo.”

22 Abayahudi barabazanya bati: “Aravuze ngo ‘Aho ngiye ntimubasha kujyayo’! Mbese agiye kwiyahura?”

23 Nuko Yezu arababwira ati: “Mwe mukomoka ku isi naho jye nkomoka mu ijuru. Muri ab’iyi si jyewe sindi uw’iyi si.

24 Ni cyo gitumye mbabwira ko muzarinda mupfa mukiri mu byaha. Koko rero nimutemera uwo ndi we, muzarinda mupfa mukiri mu byaha.”

25 Baramubaza bati: “Uri nde?”

Yezu arabasubiza ati: “Ni nk’uko nabibabwiye kuva mbere.

26 Mfite byinshi nabavugaho nkabacira urubanza, ariko Uwantumye ni uw’ukuri kandi ibyo namwumvanye ni byo byonyine mbwira ab’isi.”

27 Ntibasobanukiwe ko yababwiraga ibyerekeye Imana Se.

28 Nuko Yezu arababwira ati: “Igihe muzazamura Umwana w’umuntu hejuru y’isi, ni bwo muzamenya uwo ndi we kandi ko nta cyo nkora ncyihangiye, ahubwo mvuga ibyo Data yanyigishije gusa.

29 Uwantumye ari kumwe nanjye, ntiyansize jyenyine kuko nkora ibimushimisha iteka.”

30 Avuze atyo abantu benshi baramwemera.

Ukuri gukūra mu buja

31 Nuko Yezu abwira Abayahudi bari bamwemeye ati: “Nimukurikiza inyigisho zanjye muzaba abigishwa banjye by’ukuri.

32 Muzamenya ukuri kandi ukuri ni ko kuzabakūra mu buja.”

33 Baramusubiza bati: “Twe dukomoka kuri Aburahamu kandi nta wigeze adushyira mu buja. Uhangaye ute kuvuga uti: ‘Muzava mu buja.?’ ”

34 Yezu arabasubiza ati: “Ndababwira nkomeje ko umuntu wese ukora icyaha aba ari mu buja bw’icyaha.

35 Uri mu buja ntaguma mu rugo burundu, ahubwo umwana uri mu rugo rwa se ni we urugumamo burundu.

36 Niba rero Umwana w’Imana abakuye mu buja muzishyira mwizane by’ukuri.

37 Nzi yuko muri urubyaro rwa Aburahamu, ariko murashaka kunyica kuko mutemera ibyo mbabwira.

38 Mvuga ibyo nabonye kuri Data, namwe mugakora ibyo so yababwiye.”

39 Baramusubiza bati: “Dukomoka kuri Aburahamu.”

Yezu arababwira ati: “Iyaba mwakomokaga kuri Aburahamu muba mukorank’ibyo Aburahamu yakoraga.

40 Nabamenyesheje ukuri Imana yambwiye, nyamara murashaka kunyica. Aburahamu ntiyigeze gukora bene ibyo!

41 Mwebwe murakora ibyo so akora.”

Baramubwira bati: “Ntabwo turi ibinyendaro dufite Data umwe, ni Imana.”

42 Yezu arababwira ati: “Iyaba Imana ari So koko mwankunze, kuko naje nturutse ku Mana. Ntabwo naje ku bwanjye ahubwo ni yo yantumye.

43 Kuki mudasobanukirwa ibyo mvuga? Ni uko mudashobora gutega amatwi amagambo yanjye.

44 Muri aba so Sekibi kandi mushaka gukora ibyo so yifuza. Yahoze ari umwicanyi kuva kera kose, kandi ntiyigeze anyura mu kuri kuko nta kuri kumurangwaho. Iyo avuze ibinyoma aba avuga ibimurimo, kuko ari umubeshyi akaba acura ibinyoma.

45 Igituma mutanyemera ni uko mvuga ukuri.

46 Ni nde muri mwe wabasha kunshinja icyaha? None se niba mvuga ukuri kuki mutanyemera?

47 Ukomoka ku Mana atega amatwi ibyo Imana ivuga, mwebwe rero igituma mutabitega amatwi ni uko mudakomoka ku Mana.”

Yezu na Aburahamu

48 Abayahudi baramusubiza bati: “Mbese ntitwavuze ukuri ko uri Umunyasamariya kandi ko wahanzweho?”

49 Yezu arabasubiza ati: “Sinahanzweho ahubwo nubaha Data ariko mwe mukansuzugura.

50 Si jye wishakira icyubahiro, hari undi ukinshakira ni we wadukiranura.

51 Ndababwira nkomeje ko ukurikiza amagambo yanjye wese atazapfa bibaho.”

52 Abayahudi baramubwira bati: “Noneho tumenye ko wahanzweho koko. Aburahamu n’abahanuzi barapfuye. None wowe ukaba uvuga uti: ‘Ukurikiza amagambo yanjye wese ntazapfa bibaho’!

53 None rero uruta sogokuruza Aburahamu wapfuye, ukaruta n’abahanuzi bapfuye? Wibwira ko uri nde?”

54 Yezu arabasubiza ati: “Iyaba ari jye wihaga icyubahiro, icyubahiro cyanjye cyaba ari ubusa. Ahubwo ni Data ukimpesha, uwo muvuga ko ari Imana yanyu.

55 Ntimwigeze kumumenya ariko jyewe ndamuzi. Ndetse mvuze ko ntamuzi mba mbaye umubeshyi nkamwe. Ariko rero ndamuzi kandi amabwiriza ye ndayakurikiza.

56 Sogokuruza Aburahamu yishimiye ko azabona igihe cyo kuza kwanjye, abibonye biramushimisha.”

57 Nuko Abayahudi baramubaza bati: “Ukaba utarageza no ku myaka mirongo itanu, none ngo wabonye Aburahamu?”

58 Yezu arabasubiza ati: “Ndababwira nkomeje ko mbere y’uko Aburahamu abaho jye ndiho.”

59 Bahita bafata amabuye ngo bamutere, ariko Yezu abaca mu myanya y’intoki maze asohoka mu rugo rw’Ingoro y’Imana.

—https://api-cdn.youversionapi.com/audio-bible-youversionapi/126/32k/JHN/8-a866622641e9bba79fd888a4df874815.mp3?version_id=387—

Categories
Yohani

Yohani 9

Yezu ahumūra umuntu wavutse ari impumyi

1 Yezu akigenda abona umuntu wavutse ari impumyi.

2 Abigishwa be baramubaza bati: “Mwigisha, ni nde wakoze icyaha cyatumye uyu muntu avuka ari impumyi? Mbese ni we wagikoze, cyangwa ni ababyeyi be?”

3 Yezu arabasubiza ati: “Si we wagikoze si n’ababyeyi be, ahubwo ubuhumyi bwe bwatewe no kugira ngo ibikorwa by’Imana bigaragarizwe muri we.

4 Dukwiriye gukora umurimo w’Uwantumye hakibona. Dore bugiye kwira kandi iyo bwije nta muntu ushobora gukora.

5 Igihe nkiri ku isi ndi urumuri rw’isi.”

6 Amaze kuvuga atyo acira amacandwe hasi ayatobesha akondo, agasīga ku maso ya ya mpumyi,

7 arayibwira ati: “Genda wiyuhagire mu kizenga cya Silowa.” (Silowa risobanurwa ngo “Uwatumwe”). Nuko uwo muntu aragenda ariyuhagira agaruka ahumūtse.

8 Abaturanyi be n’abajyaga bamubona asabiriza barabazanya bati: “Uyu si wa wundi wahoraga yicaye asabiriza?”

9 Bamwe bati: “Ni we.”

Abandi bati: “Si we, icyakora asa na we.”

Na we ubwe akavuga ati: “Ni jyewe rwose.”

10 Baramubaza bati: “Wahumutse ute?”

11 Arabasubiza ati: “Wa muntu witwa Yezu yatobye akondo akansīga ku maso, ambwira kujya kwiyuhagira mu kizenga cya Silowa. Nuko ndagenda, nkimara kwiyuhagira ndahumūka.”

12 Baramubaza bati: “Uwo muntu ari hehe?”

Ati: “Simpazi.”

Abafarizayi babaza uwahoze ari impumyi

13 Uwahoze ari impumyi bamushyīra Abafarizayi.

14 Igihe Yezu yatobaga akondo agahumūra uwo muntu hari ku isabato.

15 Ni yo mpamvu Abafarizayi na bo bamubajije uko yahumūtse, arabasubiza ati: “Yansīze akondo ku maso, ndiyuhagira maze ndahumūka.”

16 Bamwe mu Bafarizayi baravugaga bati: “Uwo muntu agomba kuba adaturuka ku Mana kuko atubahiriza isabato.”

Abandi bakavuga bati: “Ariko se yaba ari umunyabyaha akabasha ate gukora igitangaza nka kiriya?” Bituma bicamo ibice.

17 Bongera kubaza uwo mugabo bati: “Ese koko yaguhumuye? Ubwo se uramuvugaho iki?”

Arabasubiza ati: “Ni umuhanuzi.”

18 Ariko Abayahudi bo banga kwemera ko uwo mugabo yahoze ari impumyi none akaba areba, bageza n’aho batumiza ababyeyi be.

19 Barababaza bati: “Mbese koko uyu ni umwana wanyu? Ese muremeza ko yavutse ari impumyi? None se byagenze bite kugira ngo arebe?”

20 Ababyeyi barabasubiza bati: “Turahamya ko uyu ari umwana wacu kandi ko yavutse ari impumyi.

21 Naho rero igituma ubu ngubu areba ntitukizi, n’uwamuhumuye ntitumuzi. Nimumwibarize, ni mukuru abasha kwivugira.”

22 Ababyeyi be bavuze batyo kubera gutinya abakuru b’Abayahudi, kuko bari baranogeje inama yuko umuntu wese uzemeza ko Yezu ari Kristo, bazamuca mu rusengero rwabo.

23 Ni cyo cyatumye ababyeyi be bavuga bati: “Ni mukuru nimumwibarize.”

24 Noneho bahamagara uwahoze ari impumyi ngo agaruke, maze baramubwira bati: “Ngaho tanga Imana ho umugabo ko uvuga ukuri! Twe tuzi ko uwo muntu ari umunyabyaha.”

25 Na we arabasubiza ati: “Niba ari umunyabyaha simbizi. Icyo nzi ni kimwe, ni uko nahoze ndi impumyi none nkaba ndeba.”

26 Nuko baramubaza bati: “Ese yakugenje ate? Yaguhumūye ate?”

27 Arabasubiza ati: “Maze kubibabwira ntimwabyitaho. Kuki mushaka kongera kubyumva? Mbese aho namwe ntimushaka kuba abigishwa be?”

28 Ni ko kumutuka maze baramubwira bati: “Genda ube umwigishwa we, naho twe turi abigishwa ba Musa.

29 Tuzi ko Imana yavuganye na Musa naho uwo nguwo we ntituzi n’iyo aturuka.”

30 Uwo mugabo arabasubiza ati: “Aka ni akumiro! Ntabwo muzi iyo aturuka kandi yampumūye!

31 Tuzi ko Imana itumva abanyabyaha, ahubwo yumva uyubaha agakora ibyo ishaka.

32 Kuva isi yaremwa nta wigeze yumva aho umuntu yahumūye uwavutse ari impumyi.

33 Iyaba uwo muntu ataturukaga ku Mana nta cyo yari kubasha gukora.”

34 Baramuhindukirana bati: “Rwose wowe wavukiye mu byaha none uratwigisha?” Nuko bamuca mu nsengero.

Ubuhumyi bwo mu mutima

35 Yezu yumvise ko bamuciye mu nsengero aramushaka. Amubonye aramubaza ati: “Mbese wemera Umwana w’umuntu?”

36 Undi aramusubiza ati: “Nyakubahwa, mbwira uwo ari we kugira ngo mwemere.”

37 Yezu aramubwira ati: “Wamubonye kandi ni we muvugana.”

38 Uwo mugabo aramubwira ati: “Nyagasani, ndakwemeye.” Nuko aramupfukamira.

39 Yezu aravuga ati: “Nazanywe kuri iyi si no guhinyuza abantu, kugira ngo abatabona barebe n’ababona bahume.”

40 Abafarizayi bari aho babyumvise baramubaza bati: “Ubwo se natwe turi impumyi?”

41 Yezu arabasubiza ati: “Iyaba mwari impumyi nta cyaha kiba kibariho, ariko ubwo muvuga ko mureba icyaha cyanyu kirabahama.”

—https://api-cdn.youversionapi.com/audio-bible-youversionapi/126/32k/JHN/9-5783e5b5d036e05c66a28eb39f87d0d4.mp3?version_id=387—

Categories
Yohani

Yohani 10

Umushumba n’intama ze

1 “Ndababwira nkomeje ko uwinjira mu rugo rw’intama atanyuze mu irembo ahubwo akuririra ahandi, aba ari umujura n’umwambuzi.

2 Naho rero uwinjiriye mu irembo aba ari umushumba w’intama,

3 umuraririzi aramwugururira. Intama zumva ijwi ry’umushumba maze agahamagara ize mu mazina, akazahura.

4 Iyo zose zigeze inyuma y’irembo, azijya imbere zikamukurikira kuko ziba zaramenyereye ijwi rye.

5 Ntizikurikira uwo zitazi, ahubwo ziramuhunga kuko ziba zitaramenyereye ijwi rye.”

6 Icyo ni ikigereranyo Yezu yabahaye ariko bo ntibamenya icyo yashakaga kubabwira.

Yezu Umushumba mwiza

7 Yezu yungamo ati: “Ndababwira nkomeje ko ari jye rembo ry’intama.

8 Abaje mbere yanjye bose bari abajura n’abambuzi, ariko intama ntizabitaho.

9 Ni jye rembo, uwinjira ari jye anyuzeho azarokoka. Azajya yinjira asohoke kandi abone urwuri.

10 Umujura azanwa gusa no kwiba no kwica no kurimbura. Jyewe nazanywe no kugira ngo intama zibone ubugingo, ndetse busendereye.

11 “Ni jye mushumba mwiza.Umushumba mwiza yemera gupfira intama ze.

12 Naho umucancuro w’ingirwamushumba utari nyir’intama, abona impyisi ije agatererana intama agahunga. Nuko impyisi ikazisumira ikazitatanya.

13 Igituma yihungira ni uko ari umucancuro, intama ntizimushishikaze.

14-15 Ni jye mushumba mwiza. Uko Data anzi nanjye nkamumenya, ni ko nzi intama zanjye na zo zikamenya, ndetse nemera kuzipfira.

16 Mfite n’izindi ntama zitari izo muri uru rugo, na zo ngomba kuzitarura. Zizumva ijwi ryanjye maze hazabe umukumbi umwe uragiwe n’umushumba umwe.

17 “Igituma Data ankunda, ni uko nemera gutanga ubuzima bwanjye kugira ngo nzabusubirane.

18 Nta wubunyaga, ni jye ubutanga ku bushake bwanjye. Mfite ubushobozi bwo kubutanga n’ubwo kubusubirana. Ayo ni yo mabwiriza nahawe na Data.”

19 Ayo magambo yatumye Abayahudi bongera kwicamo ibice.

20 Benshi muri bo baravugaga bati: “Yahanzweho n’ingabo ya Satani. Kuki mukimutega amatwi?”

21 Ariko abandi bakavuga bati: “Iyo mvugo si iy’uwahanzweho. Mbese ingabo ya Satani ibasha guhumura impumyi?”

Abayahudi banga Yezu

22 I Yeruzalemu hari iminsi mikuru yo kwibuka Itahwa ry’Ingoro y’Imana, hakaba ari mu mezi y’imbeho.

23 Yezu yagendagendaga mu rugo rw’Ingoro y’Imana, munsi y’ibaraza ryitwa irya Salomo.

24 Abayahudi baramukikiza baramubaza bati: “Uzageza ryari kutwicisha amatsiko? Twerurire niba uri Kristo?”

25 Yezu arabasubiza ati: “Narabibabwiye ntimwabyemera. Ibyo nkora mu izina rya Data ni byo ntanze ho umugabo,

26 ariko ntimubyemera kuko mutari abo mu ntama zanjye.

27 Intama zanjye zumva ijwi ryanjye, ndazizi kandi na zo zirankurikira.

28 Nziha ubugingo buhoraho, ntizizigera zipfa kandi ntawe uzazinyambura.

29 Data wazimpaye aruta byose, ntawe ubasha kuzimwambura.

30 Jyewe na Data turi umwe.”

31 Abayahudi bongera gutora amabuye kugira ngo bayamutere.

32 Ubwo Yezu arababwira ati: “Nabagaragarije ibyiza byinshi Data yantumye gukora. Ni ikihe muri ibyo gituma muntera amabuye?”

33 Abayahudi baramusubiza bati: “Igikorwa cyiza si cyo gituma tugutera amabuye, ahubwo ni uko utuka Imana kuko uri umuntu ariko ukigira Imana.”

34 Yezu arabasubiza ati: “Mbese ntibyanditswe mu Mategeko yanyu ko Imana yavuze ngo muri imana?

35 Tuzi ko Ibyanditswe bidakuka. Ba bantu babwiwe Ijambo ryayo, Imana ubwayo ni yo yabise imana.

36 None se kuki munshinja gutuka Imana, ngo navuze ko ndi Umwana wayo kandi ari jye Data yitoranyirije akantuma ku isi?

37 Niba ntakora ibyo Data yanshinze ntimunyemere.

38 Ariko niba mbikora, naho mutanyemera nibura mwemere ibyo nkora, kugira ngo mumenye mudashidikanya ko Data ari muri jye nanjye nkaba muri Data.”

39 Icyo gihe bongera gushaka gufata Yezu, ariko abavamo arigendera.

40 Nuko Yezu asubira iburasirazuba bwa Yorodani, aho Yohani yahoze abatiriza ahamara iminsi.

41 Abantu benshi bagumya kumusangayo bakavuga bati: “Nubwo Yohani nta gitangaza yigeze akora kiranga ibye, ariko ibyo yavuze kuri uyu muntu byose byari ukuri.”

42 Nuko abantu benshi bari aho bemera Yezu.

—https://api-cdn.youversionapi.com/audio-bible-youversionapi/126/32k/JHN/10-cde48a52fac50f4137c28f33e047e513.mp3?version_id=387—

Categories
Yohani

Yohani 11

Urupfu rwa Lazaro

1 Umuntu witwa Lazaro wari utuye i Betaniya yafashwe n’indwara. I Betaniya aho ni ho Mariya n’umuvandimwe we Maritababaga.

2 Lazaro uwo yari musaza wa Mariya, wa wundi wasīze Nyagasani Yezu amavuta ku birenge akabihanaguza umusatsi we.

3 Nuko abo bashiki ba Lazaro batuma kuri Yezu bati: “Nyagasani, uwo ukunda ararwaye.”

4 Yezu abyumvise aravuga ati: “Iyo ndwara si iyo kumwica, ahubwo igenewe guhesha Imana ikuzo kugira ngo Umwana wayo na we akuzwe.”

5 Yezu yakundaga Marita na Mariya na Lazaro.

6 Yumvise ko Lazaro arwaye asibira aho yari ari indi minsi ibiri.

7 Hanyuma abwira abigishwa be ati: “Nimureke dusubire muri Yudeya.”

8 Abigishwa baramubaza bati: “Mwigisha, vuba aha Abayahudi bashakaga kukwicisha amabuye none ugiye gusubirayo?”

9 Yezu arabasubiza ati: “Mbese umunsi ntufite amasaha cumi n’abiri? Iyo umuntu agenda ku manywa ntasitara kuko aba amurikiwe n’urumuri rw’iyi si.

10 Ariko ugenda nijoro arasitara kuko aba adafite urumuri.”

11 Amaze kubabwira atyo yungamo ati: “Incuti yacu Lazaro arasinziriye, ariko ngiye kumukangura.”

12 Abigishwa baramubwira bati: “Nyagasani, niba ari ugusinzira gusa azakira.”

13 Nyamara Yezu yavugaga ko Lazaro yapfuye, ariko bo bakibwira ko avuga ibitotsi bisanzwe.

14 Yezu ni ko kuberurira ati: “Lazaro yarapfuye.

15 Ariko kubera mwe nishimiye ko ntari mpari kugira ngo munyizere. None nimuze tujye aho ari.”

16 Tomasi witwaga Didimo abwira abigishwa bagenzi be ati: “Reka tumuherekeze tuzapfane na we!”

Yezu ni we kuzuka n’ubugingo

17 Yezu agezeyo asanga Lazaro amaze iminsi ine mu mva.

18 Kuva i Yeruzalemu ujya i Betaniya hari nk’ibirometero bitatu,

19 ku bw’ibyo Abayahudi benshi bari baje gusura Marita na Mariya kubera urupfu rwa musaza wabo.

20 Marita yumvise ko Yezu aje ajya kumusanganira, naho Mariya asigara imuhira.

21 Nuko Marita abwira Yezu ati: “Nyagasani, iyo uba hano ntabwo musaza wanjye aba yarapfuye.

22 N’ubu ariko nzi yuko icyo uri busabe Imana cyose iri bukiguhe.”

23 Yezu aramubwira ati: “Musaza wawe azazuka.”

24 Marita aramusubiza ati: “Nzi ko azazukana n’abandi ku munsi w’imperuka.”

25 Yezu aramubwira ati: “Ni jye kuzuka n’ubugingo, unyizera wese naho yaba yarapfuye azabaho.

26 Kandi uriho wese unyizera ntazigera apfa. Mbese ibyo urabyemera?”

27 Marita aramusubiza ati: “Yee ndabyemera, Nyagasani. Namaze kwemera ko ari wowe Kristo, Umwana w’Imana wagombaga kuza ku isi.”

Yezu arira

28 Amaze kuvuga atyo ajya guhamagara umuvandimwe we Mariya, aramwongorera ati: “Umwigisha yaje kandi aragushaka.”

29 Mariya abyumvise, ahaguruka bwangu ajya gusanganira Yezu.

30 Yezu yari ataragera aho batuye, ahubwo yari akiri aho Marita yari yamusanze.

31 Abayahudi bari baje gusura Mariya babonye asohotse yihuta, baramukurikira bibwira ko agiye kuririra ku mva.

32 Mariya agera aho Yezu ari, amubonye ahita amwikubita imbere maze aravuga ati: “Nyagasani, iyo uba hano musaza wanjye ntaba yarapfuye.”

33 Nuko Yezu abonye Mariya arira n’Abayahudi bari bamuherekeje na bo barira, asuhuza umutima ababaye cyane.

34 Nuko arabaza ati: “Mwamushyize he?”

Bati: “Nyagasani, ngwino urebe!”

35 Yezu ararira.

36 Nuko Abayahudi baravuga bati: “Nimurebe ukuntu yamukundaga!”

37 Bamwe muri bo baravuga bati: “Ariko se uwahumūye ya mpumyi ntiyashoboraga kubuza uyu nguyu gupfa?”

Yezu azura Lazaro

38 Nuko Yezu yongera gusuhuza umutima, ajya ku mva. Iyo mva yari ubuvumo kandi bwari bukingishije ibuye.

39 Yezu aramubwira ati: “Nimuvaneho ibuye!”

Marita mushiki wa nyakwigendera aramubwira ati: “Nyagasani, ubu aranuka kuko uyu ubaye umunsi wa kane.”

40 Yezu aramusubiza ati: “Mbese sinakubwiye ko nunyizera uri bwibonere ikuzo ry’Imana?”

41 Nuko bavanaho ibuye maze Yezu areba hejuru aravuga ati: “Data, ngushimiye yuko wanyumvise.

42 Jyewe nsanzwe nzi ko unyumva iteka, ariko ibyo mbivuze kubera rubanda bankikije kugira ngo bemere ko ari wowe wantumye.”

43 Amaze kuvuga atyo arangurura ijwi ahamagara ati: “Lazaro, sohoka!”

44 Nuko uwari warapfuye arasohoka, amaguru n’amaboko bihambiriwe n’udutambaro, no mu maso he hapfutswe igitambaro. Yezu arababwira ati: “Nimumuhambure mureke agende.”

Abakuru b’Abayahudi bajya inama yo kwica Yezu

45 Benshi mu Bayahudi bari baje gusura Mariya, babonye ibyo Yezu akoze baramwemera.

46 Ariko bamwe muri bo basanga Abafarizayi, babatekerereza ibyo Yezu yakoze.

47 Nuko abakuru bo mu batambyi n’Abafarizayi bakoranya urukiko rw’ikirenga, baravuga bati: “Tubigenje dute ko uyu muntu agumya gukora ibitangaza byinshi?

48 Nitumwihorera agakomeza atyo abantu bose bazamwemera, bitume Abanyaroma baza bigarurire Ingoro y’Imana n’igihugu cyacu.”

49 Umwe muri bo witwa Kayifa wari Umutambyi mukuru uwo mwaka arababwira ati: “Burya koko nta cyo muzi!

50 Ntimuriyumvisha ko icyababera cyiza ari uko umuntu umwe apfira rubanda, aho gutuma ubwoko bwose burimbuka?”

51 Ibyo ntiyabivuze abyihangiye, ahubwo kuko yari Umutambyi mukuru uwo mwaka yahanuye ko Yezu agiye kuzapfira ubwoko bw’Abayahudi,

52 kandi si ubwo bwoko bwonyine ahubwo ngo anahurize hamwe abana b’Imana bari hirya no hino ku isi.

53 Kuva uwo munsi biyemeza kumwica.

54 Ni cyo cyatumye Yezu atongera kugaragara muri bo. Ahubwo yigira mu mujyi witwa Efurayimu uri hafi y’akarere kadatuwe, ahagumana n’abigishwa be.

55 Umunsi mukuru wa Pasika y’Abayahudi wari wegereje, bityo abantu benshi bajya i Yeruzalemu mbere y’uwo munsi kugira ngo bakore umuhango wo kwihumanura.

56 Babuze Yezu abari mu rugo rw’Ingoro y’Imana barabazanya bati: “Murabitekerezaho iki? Mbese ntazaza mu minsi mikuru?”

57 Ubwo abakuru bo mu batambyi n’Abafarizayi bakaba bategetse ko hagize uwamenya aho Yezu aherereye, yababwira kugira ngo bamufate.

—https://api-cdn.youversionapi.com/audio-bible-youversionapi/126/32k/JHN/11-1a5af39897f4363f7f180096c3374db6.mp3?version_id=387—

Categories
Yohani

Yohani 12

Mariya asīga Yezu amarashi

1 Hasigaye iminsi itandatu umunsi mukuru wa Pasika y’Abayahudi ukaba, Yezu ajya i Betaniya iwabo wa Lazaro, uwo yari yarazuye mu bapfuye.

2 Baramuzimanira. Marita yaraherezaga naho Lazaro yicaranye n’abatumirwa.

3 Mariya afata nk’inusu ya litiro y’amarashi ahumura neza yitwa naridi, amininnye kandi ahenda cyane, ayasīga Yezu ku birenge abihanaguza umusatsi we, maze inzu yose yuzura impumuro y’ayo marashi.

4 Nuko Yuda Isikariyoti umwe mu bigishwa ba Yezu ari we wari ugiye kuzamugambanira, arabaza ati:

5 “Kuki aya marashi batayaguze amafaranga ngo bayahe abakene, ko yari kuvamo ahwanye n’igihembo cy’imibyizi magana atatu?”

6 Ntiyavugaga atyo abitewe no kwita ku bakene, ahubwo ni uko yari igisambo kandi ari we ushinzwe umufuka w’amafaranga, akajya ayanyereza.

7 Yezu ni ko kuvuga ati: “Mwihorere, yateganyirije ibyo afite umunsi w’ihambwa ryanjye.

8 Abakene bo murahorana naho jye ntituzahorana.”

Abakuru biyemeza kwica Lazaro

9 Abayahudi benshi cyane bamenye ko Yezu ari i Betaniya, bajyayo atari ugushaka kubona Yezu gusa, ahubwo ngo babone na Lazaro uwo yari yarazuye.

10 Nuko kuva ubwo abakuru bo mu batambyi bafata icyemezo cyo kwica na Lazaro,

11 kuko yatumaga Abayahudi benshi babacikaho bakemera Yezu.

Yezu agera i Yeruzalemu

12 Bukeye imbaga y’abantu bari baje mu minsi mikuru ya Pasika bamenya ko Yezu ari bugere i Yeruzalemu.

13 Nuko bafata amashami y’imikindo bajya kumusanganira, bavuga baranguruye bati:

“Hozana! Hasingizwe uje mu izina rya Nyagasani!

Hasingizwe Umwami w’Abisiraheli!”

14 Yezu abonye icyana cy’indogobe, acyicaraho nk’uko Ibyanditswe bivuga ngo:

15 “Mwitinya, baturage b’i Siyoni!

Dore umwami wanyu araje,

ahetswe n’icyana cy’indogobe!”

16 Ibyo abigishwa be ntibahita babisobanukirwa, ariko Yezu amaze kuzuka agahabwa ikuzo, ni bwo bibutse ko Ibyanditswe bimwerekeyeho ari ko byavugaga kandi ko ari ko abantu bamugenje.

17 Ba bantu benshi bari kumwe na Yezu igihe yahamagaraga Lazaro ngo ave mu mva akamuzura, bari bagihamya ibyo babonye.

18 Rubanda baramusanganira, kuko bari bumvise ko yakoze icyo gitangaza kiranga ibye.

19 Nuko Abafarizayi baravugana bati: “Murabona ko ibi byose nta cyo bizatugezaho. Dore abantu bose baramuyobotse!”

Abanyamahanga bashaka kubona Yezu

20 Mu bari baje i Yeruzalemu gusenga mu minsi mikuru harimo n’abanyamahanga.

21 Begera Filipo wari uw’i Betsayida ho muri Galileya baramubwira bati: “Mutware, turifuza kubona Yezu.”

22 Filipo ajya kubibwira Andereya, maze bombi bajya kubibwira Yezu.

23 Yezu arababwira ati: “Igihe kirageze kugira ngo Umwana w’umuntu ahabwe ikuzo.

24 Ndababwira nkomeje ko iyo akabuto k’ingano kadatewe mu gitaka ngo gapfe kagumaho konyine, ariko iyo gapfuye ni ho kera imbuto nyinshi.

25 Ukunda ubuzima bwe azabubura, naho utihambira ku buzima bwe muri iyi si azaburindira ubugingo buhoraho.

26 Unkorera wese agomba kunkurikira, kugira ngo aho nzaba ndi na we azabeyo, kandi unkorera wese Data azamwubahiriza.

Yezu avuga ibyerekeye urupfu rwe

27 “Ubu umutima wanjye urahagaze – mvuge iki kandi? Ese nsabe nti: ‘Data, nkiza urwa none?’ Nyamara kandi ni cyo cyanzanye.

28 Ahubwo ndasaba nti: ‘Data, iheshe ikuzo!’ ”

Nuko humvikana ijwi ry’uvugira mu ijuru ati: “Maze kuryihesha kandi nzongera ndyiheshe.”

29 Bamwe muri rubanda bari aho bumvise iryo jwi baravuga bati: “Ni inkuba!” Abandi bati: “Ni umumarayika uvuganye na we.”

30 Nuko Yezu arabasubiza ati: “Iryo jwi si jye rigenewe ahubwo ni mwebwe.

31 Ubu igihe cyo gucira ab’isi urubanza kirageze, ubu umutware w’iyi siagiye kuzameneshwa.

32 Nanjye ninshyirwa hejuru y’isi nzikururiraho abantu bose.”

33 Ibyo Yezu yabivugiraga kwerekana urupfu yari agiye gupfa urwo ari rwo.

34 Noneho rubanda baramubwira bati: “Twumvise mu gitabo cy’Amategeko ko Kristo ahoraho ibihe byose. None se uvuga ute ko Umwana w’umuntu azagomba gushyirwa hejuru? Mbese uwo Mwana w’umuntu ni nde?”

35 Yezu ni ko kubabwira ati: “Urumuri muracyarufite akanya gato, nimugende mukirufite kugira ngo umwijima utabatungura, kuko ugenda mu mwijima atamenya iyo ajya.

36 Umwanya mugifite urumuri nimurwizere mube abantu bayoborwa n’urumuri.”

Yezu amaze kuvuga atyo, arigendera arabihisha.

Abayahudi ntibemeye Yezu

37 Nubwo Abayahudi bari barabonye akora ibyo bitangaza byose bimuranga, ntabwo bamwemeye

38 bityo biba nk’uko byavuzwe n’umuhanuzi Ezayi ngo:

“Nyagasani, ni nde wemeye ibyo yatwumvanye?

Kandi ni nde wahishuriwe ukuboko kwa Nyagasani?”

39 Ntibashoboraga kubyemera nk’uko Ezayi yongeye kuvuga ati:

40 “Imana yabahumye amaso,

ibanangira imitima,

kugira ngo be kubona,

kandi be gusobanukirwa,

batava aho bangarukira nkabakiza.”

41 Ezayi yavuze ibyo ngibyo kuko yeretswe ikuzo rya Yezu, akaba ari we avuga.

42 No mu batware b’Abayahudi benshi baramwemeraga, nyamara ntibabivuge ku mugaragaro kugira ngo Abafarizayi batabaca mu rusengero,

43 kuko bahitagamo gushimwa n’abantu kuruta gushimwa n’Imana.

Ijambo rya Yezu ni ryo mucamanza

44 Yezu avuga aranguruye ati: “Unyemera si jye aba yemeye gusa, ahubwo aba yemeye n’Uwantumye.

45 Kandi n’umbonye aba abonye n’Uwantumye.

46 Naje kuba urumuri rw’isi, kugira ngo unyemera wese ataguma mu mwijima.

47 Kandi umuntu wese wumva amagambo yanjye ntayakurikize si jye umucira urubanza. Sinazanywe no gucira abantu urubanza ahubwo nazanywe no kubakiza.

48 Umpinyura ntiyakire n’amagambo yanjye afite ikimucira urubanza: amagambo navuze ni yo azamucira urubanza ku munsi w’imperuka.

49 Erega sinavuze ibyo nihangiye, ahubwo Data wantumye ni we wantegetse icyo ngomba kuvuga n’icyo ngomba gutangaza.

50 Nzi yuko amategeko ye ageza ku bugingo buhoraho. Nuko rero ibyo Data yambwiye ni byo mvuga.”

—https://api-cdn.youversionapi.com/audio-bible-youversionapi/126/32k/JHN/12-0225a72811b12cd8ff87d620dd41266f.mp3?version_id=387—

Categories
Yohani

Yohani 13

Yezu yoza abigishwa be ibirenge

1 Hari ku munsi ubanziriza Pasika y’Abayahudi. Yezu yari azi ko igihe kigeze cyo kuva kuri iyi si agasubira kwa Se. Nk’uko yari asanzwe akunda abe bari ku isi, ni ko yakomeje kubakunda byimazeyo.

2 Nimugoroba Yezu n’abigishwa be bari ku meza bafungura. Satani yari yamaze kwemeza Yuda Isikariyoti mwene Simoni kumugambanira.

3 Yezu yari azi ko Se yamweguriye ibintu byose kandi ko yaturutse ku Mana, akazasubira ku Mana.

4 Ni ko kuva ku meza, avanamo umwitero maze afata igitambaro aragikenyera.

5 Asuka amazi ku ibesani atangira koza abigishwa be ibirenge, no kubahanaguza cya gitambaro yari akenyeje.

6 Ageze kuri Simoni Petero we ahita amubaza ati: “Nyagasani, ni wowe ugiye kunyoza ibirenge?”

7 Yezu aramusubiza ati: “Nturamenya icyo nkora ariko uzakimenya hanyuma.”

8 Petero ati: “Reka da, ntuzigera unyoza ibirenge!”

Yezu aramusubiza ati: “Nintakoza ibirenge nta cyo turi bube tugihuriyeho.”

9 Simoni Petero ati: “Noneho rero Nyagasani, ntunyoze ibirenge gusa ahubwo unyuhagire n’ibiganza no mu mutwe!”

10 Yezu aramubwira ati: “Uwiyuhagiye umubiri wose ntakeneye gusubira kwiyuhagira, keretse koga ibirenge kuko aba atunganye rwose. Kandi koko muratunganye, nyamara si mwese.”

11 Yari azi uri bumugambanire, ni yo mpamvu yavuze ati: “Ntimutunganye mwese.”

12 Yezu amaze kuboza ibirenge asubizamo umwitero we asubira ku meza. Nuko arababaza ati: “Aho musobanukiwe ibyo maze kubagirira?

13 Munyita Umwigisha na Shobuja kandi ntimwibeshya kuko ari ko biri.

14 Ubwo rero mbogeje ibirenge, ndi Shobuja n’Umwigisha wanyu namwe mugomba kubyozanya.

15 Mbahaye urugero ngo mujye mukora nk’uko mbagiriye.

16 Ndababwira nkomeje ko nta mugaragu uruta shebuja, kandi ko nta ntumwa iruta uwayitumye.

17 Ubwo mumenye ibyo muzaba muhiriwe nimubikurikiza.

18 “Si mwebwe mwese mvuga kuko nzi abo natoranyije. Ariko ni ngombwa ko ibi Byanditswe biba ngo: ‘Uwo dusangira ni we umpindutse’.

19 Igitumye mbibabwira bitaraba ni ukugira ngo igihe bizaba bibaye muzemere uwo ndi we.

20 Ndababwira nkomeje ko uwakiriye uwo ntumye ari jye azaba yakiriye, kandi unyakiriye aba yakiriye Uwantumye.”

Yezu ahanura ko agiye kugambanirwa

21 Yezu amaze kuvuga atyo ni ko gushenguka maze avuga yeruye ati: “Ndababwira nkomeje ko umwe muri mwe agiye kungambanira.”

22 Abigishwa be barebana bumiwe, bayoberwa uwo avuze uwo ari we.

23 Umwe muri bo, uwo Yezu yakundaga cyane yari hafi ye.

24 Simoni Petero amucira amarenga ati: “Mubaze uwo avuze uwo ari we.”

25 Uwo mwigishwa yegama mu gituza cya Yezu aramubaza ati: “Nyagasani, uwo uvuze ni nde?”

26 Yezu aramusubiza ati: “Uwo mpereza ikimanyu cy’umugati ngiye gukoza mu burisho ni we uwo.” Nuko afata ikimanyu agikozamo, agihereza Yuda Isikariyoti mwene Simoni.

27 Yuda amaze guhabwa icyo kimanyu ni bwo Satani yamwinjiyemo.

Nuko Yezu aramubwira ati: “Icyo ukora gikore bwangu.”

28 Ariko nta n’umwe mu basangiraga na we wamenye icyatumye amubwira atyo.

29 Kubera ko Yuda yari umubitsi w’amafaranga, bamwe batekereje ko Yezu amubwiye kugura ibyo bakeneye by’umunsi mukuru, cyangwa kugira icyo aha abakene.

30 Yuda akimara kwakira cya kimanyu ako kanya arasohoka. Icyo gihe hari nijoro.

Itegeko rishya

31 Yuda amaze gusohoka Yezu aravuga ati: “Ubu Umwana w’umuntu ahawe ikuzo kandi ahesheje Imana ikuzo.

32 Kandi ubwo ahesheje Imana ikuzo, na yo izamuha ku ikuzo ryayo bwite kandi izabikora bidatinze.

33 Bana banjye, ndacyari kumwe namwe akanya gato. Ariko nk’uko nabwiye Abayahudi namwe ni ko mbabwira: muzanshaka nyamara aho ngiye ntimuzashobora kuhagera.

34 Mbahaye itegeko rishya ngo mukundane. Nk’uko nabakunze abe ari ko namwe mukundana.

35 Icyo bose bazamenyeraho ko muri abigishwa banjye ni uko bazabona mukundana.”

Yezu abwira Petero ko ari bumwihakane

36 Simoni Petero aramubaza ati: “Nyagasani, ugiye he?”

Yezu aramusubiza ati: “Aho ngiye ntushobora kuhankurikira ubu, ariko uzahankurikira mu gihe kizaza.”

37 Petero aramubaza ati: “Nyagasani, nabuzwa n’iki kugukurikira ubu? No kugupfira nabyemera!”

38 Yezu aramusubiza ati: “Aho wakwemera kumpfira koko? Ndakubwira nkomeje ko inkoko itari bubike utaranyihakana gatatu.”

—https://api-cdn.youversionapi.com/audio-bible-youversionapi/126/32k/JHN/13-146f51ec8cbbe5507801e2369fe19480.mp3?version_id=387—

Categories
Yohani

Yohani 14

Yezu ni we nzira igeza ku Mana

1 Yezu arababwira ati: “Ntimuhagarike imitima. Mwizere Imanananjye munyizere.

2 Mu rugo rwa Data harimo amazu menshi. Iyo bitaba bityo simba narababwiye ko ngiye kubategurira umwanya.

3 Nuko rero ningenda nkamara kuwubategurira, nzagaruka mbajyaneyo kugira ngo aho ndi namwe muzabeyo.

4 Aho njya, inzira ijyayo murayizi.”

5 Tomasi aramubaza ati: “Nyagasani, ko tutazi aho ugiye inzira yo twayibwirwa n’iki?”

6 Yezu aramusubiza ati: “Ni jye nzira n’ukuri n’ubugingo. Ntawe ujya kwa Data atanyuze kuri jye.

7 Ubwo munzi na Data muzamumenya. Ndetse kuva ubu muramuzi kandi mwaramubonye.”

8 Filipo aramubwira ati: “Nyagasani, twereke So biraba bihagije.”

9 Yezu aramubwira ati: “Filipo we, nabanye namwe igihe kingana gitya none ukaba utanzi! Umbonye aba abonye na Data. None wavuga ute ngo nimbereke Data?

10 Mbese ntiwemera ko ndi muri Data kandi na Data akaba ari muri jye? Ibyo mbabwira si ibyo nihangira, ahubwo Data uba muri jye ni we ukora umurimo we.

11 Nimwemere ibyo mbabwira, ko ndi muri Data na Data akaba ari muri jye. Nibura mubyemezwe n’ibyo mubona nkora.

12 Ndababwira nkomeje ko unyizera, ibyo nkora na we azabikora ndetse azakora n’ibibiruta, kuko ngiye kwa Data.

13 Icyo muzasaba cyose mu izina ryanjye nzagikora, kugira ngo ikuzo rya Data ryerekanirwe mu Mwana we.

14 Nimugira icyo munsabacyose mu izina ryanjye nzagikora.

Yezu abasezeranira Mwuka Muziranenge

15 “Nimunkunda muzakurikiza amategeko yanjye.

16 Nanjye nzasaba Data kubaha undi Mujyanama kugira ngo agumane namwe iteka.

17 Uwo ni we Mwuka w’ukuri. Ab’isi ntibabasha kumwakira kuko batamureba ntibanamumenye. Naho mwebweho muramuzi kuko ari kumwe namwe kandi azabamuri mwe.

18 “Sinzabasiga mwenyine nk’impfubyi, nzagaruka mbasange.

19 Hasigaye umwanya muto ab’isi ntibabe bakimbona, ariko mwebweho muzambona. Kuko ndiho namwe muzabaho.

20 Uwo munsi muzamenya ko ndi muri Data kandi namwe mukaba muri jye, nk’uko nanjye ndi muri mwe.

21 “Uwemera amategeko yanjye, akayakurikiza, uwo ni we unkunda kandi unkunda azakundwa na Data, nanjye nzamukunda kandi nzamwiyereka.”

22 Yuda (utari Isikariyoti) aramubaza ati: “Nyagasani, kuki uzatwiyereka twenyine ntiwiyereke rubanda rwose?”

23 Yezu aramusubiza ati: “Unkunda wese azakurikiza ibyo mvuga, na Data azamukunda maze tumusange tugumane na we.

24 Utankunda ntakurikiza ibyo mvuga, kandi rero amagambo mwumva mvuga si ayanjye, ahubwo ni aya Data wantumye.

25 “Ibyo mbibabwiye nkiri hamwe namwe.

26 Ariko wa Mujyanama ari we Mwuka Muziranenge Data azohereza mu izina ryanjye, ni we uzabigisha byose kandi azabibutsa ibyo nababwiye byose.

27 “Mbasigiye amahoro, amahoro yanjye ni yo mbahaye. Sinyabahaye nk’uko ab’isi bayatanga. Ntimuhagarike imitima kandi ntimugire ubwoba.

28 Mwumvise ko nababwiye nti: ‘Ndagiye kandi nzagaruka mbasange.’ Iyaba mwankundaga mwakwishimiye ko ngiye kwa Data, kuko Data anduta.

29 Ibyo mbaye mbibabwiye bitaraba, kugira ngo nibiba muzanyemere.

30 Nta gihe ngifite cyo kuvugana namwe byinshi kuko umutware w’iyi siaje, icyakora nta bushobozi amfiteho.

31 Nyamara ab’isi bagomba kumenya ko nkunda Data kandi ngakora byose nk’uko yabintegetse

“Nimuhaguruke, tuve hano.”

—https://api-cdn.youversionapi.com/audio-bible-youversionapi/126/32k/JHN/14-bf3e360c989393b8c5c4de6f2feb2aca.mp3?version_id=387—

Categories
Yohani

Yohani 15

Yezu yigereranya n’igiti cy’umuzabibu

1 “Ni jye muzabibu w’ukuri kandi Data ni we uwuhingira.

2 Ishami ryose ryo kuri jye ritera arivanaho, naho iryera ryose ararikaragira ngo ribe risukuye rirusheho kurumbuka.

3 Namwe mumaze gusukurwa n’ibyo nababwiye.

4 Nimugume kuri jye nanjye ngume muri mwe. Nk’uko ishami ubwaryo ritabasha kwera ridafashe ku muzabibu, ni ko namwe mutabasha gukora ibyiza mutagumye kuri jye.

5 “Ni jye muzabibu namwe muri amashami. Uguma kuri jye nanjye nkaguma muri we, uwo ni we wera imbutonyinshi kuko ari nta cyo mubasha gukora mudafashe kuri jye.

6 Utaguma kuri jye ajugunywa kure akuma nk’ishami. Amashami nk’ayo barayasakuma bakayashyira mu muriro agakongoka.

7 Nimuguma kuri jye, n’amagambo yanjye agahora muri mwe, musabe icyo mushaka cyose muzagihabwa.

8 Igihesha Data ikuzo ni uko mwera imbuto nyinshi, ni bwo muzaba abigishwa banjye.

9 Uko Data yankunze, ni ko nanjye nabakunze, nimugume mu rukundo rwanjye.

10 Nimukurikiza amategeko yanjye muzaguma mu rukundo rwanjye, nk’uko nanjye nakurikije amategeko ya Data nkaguma mu rukundo rwe.

11 “Ibyo mbibabwiriye kugira ngo ibyishimo byanjye bibe muri mwe, kandi n’ibyishimo byanyu bibe bisesuye.

12 Ngiri itegeko ryanjye: mukundane nk’uko nabakunze.

13 Nta wagira urukundo ruruta urw’umuntu upfira incuti ze.

14 Mwe muri incuti zanjye niba mukora ibyo mbategeka.

15 Sinkibita abagaragu kuko umugaragu atamenya ibyo shebuja akora. Ahubwo nabise incuti kuko nabamenyesheje ibyo Data yambwiye byose.

16 Si mwe mwantoranyije, ahubwo ni jye wabatoranyije, mbatuma kujya kwera imbuto kandi ngo izo mbuto zanyu zigumeho, kugira ngo icyo muzasaba Data cyose mu izina ryanjye azakibahe.

17 Icyo mbategetse rero ni ugukundana.

Abanga Yezu n’abamukunda

18 “Ab’isi nibabanga mumenye ko ari jye babanje kwanga.

19 Iyo muba ab’isi, bari kubakunda nk’uko bakunda ababo. Ariko ntimuri ab’isi ahubwo narabatoranyije mbatandukanya na bo, ni cyo gituma babanga.

20 Mwibuke iri jambo nababwiye nti; ‘Nta mugaragu uruta shebuja.’ Ubwo bantoteje bazabatoteza namwe. Niba barakurikije inyigisho zanjye n’izanyu bazazikurikiza.

21 Ariko ibyo byose bazabibagirira babampōra kuko batazi Uwantumye.

22 Iyo ntaza ngo mvugane na bo nta cyaha bajyaga kugira, naho ubu ngubu ntibafite icyo kwireguza.

23 Unyanga aba yanze na Data.

24 Iyo ntakorera muri bo ibitigeze bikorwa n’undi muntu wese nta cyaha bajyaga kugira, ariko none babonye ibyo nakoze kandi basigaye batwanga jye na Data.

25 Nyamara byagenze bityo kugira ngo bibe nk’uko byanditswe mu gitabo cy’Amategeko yabo ngo: ‘Banyanze ari nta mpamvu.’

26 “Wa Mujyanama azaza, ni we Mwuka w’ukuri ukomoka kuri Data. Nimuboherereza muhawe na Data, azaba umugabo wo guhamya ibyanjye.

27 Namwe kandi muzambera abagabo kuko turi kumwe uhereye mbere na mbere.

—https://api-cdn.youversionapi.com/audio-bible-youversionapi/126/32k/JHN/15-a2de4ca7807b2503a3517c13ba5558ce.mp3?version_id=387—

Categories
Yohani

Yohani 16

1 “Ibyo nabibabwiriye kugira ngo hatagira ikibacogoza.

2 Bazabaca mu nsengero zabo, ndetse hagiye kuzaza igihe ubwo uzabica wese azibwira ko akorera Imana.

3 Bazabagirira batyo kuko batamenye Data, nanjye ntibamenye.

4 Ariko ibyo mbibabwiriye kugira ngo igihe nikigera muzibuke ko nabibamenyesheje.

Umurimo wa Mwuka w’Imana

“Icyatumye ntabibabwira mbere ni uko nari nkiri kumwe namwe.

5 Ariko ubu ngiye gusanga Uwantumye, kandi rero muri mwe ntawe umbaza ati: ‘Urajya he?’

6 None ishavu rirabashengura kuko maze kubibabwira.

7 Nyamara ndababwira ukuri: icyabagirira akamaro ni uko ngenda, kuko nintagenda wa Mujyanama atazaza muri mwe, ariko ningenda nzamuboherereza.

8 Kandi naza azemeza ab’isi ko batsinzwe ku byerekeye icyaha cyabo no ku byerekeye gutunganira Imana, no ku byerekeye urubanza.

9 Azabemeza ibyerekeye icyaha cyabo kuko batanyemeye.

10 Azabemeza ibyerekeye gutunganira Imana kuko ngiye kwa Data mukaba mutakimbonye.

11 Azabemeza ibyerekeye urubanza kuko umutware w’iyi si yamaze kurucirwa.

12 “Ndacyafite byinshi nababwira ariko ubu ntimwabasha kubyihanganira.

13 Mwuka werekana ukuri naza azabayobora mu kuri kose, kuko atazavuga ibyo yihangiye, ahubwo azavuga ibyo azaba yumvise kandi azanabamenyesha ibizaza.

14 Azanyubahiriza kuko azahabwa ku byanjye akabibamenyesha.

15 Ibyo Data afite byose ni ibyanjye, ni cyo gitumye mbabwira nti: ‘Mwuka azahabwa ku byanjye maze abibamenyeshe’.

Akababaro kazasimburwa n’ibyishimo

16 “Hasigaye igihe gito mwe kumbona hanyuma mu kindi gihe gito mukazambona.”

17 Nuko bamwe mu bigishwa be barabazanya bati: “Ibyo se ni ibiki atubwiye ngo hasigaye igihe gito twe kumubona hanyuma mu kindi gihe gito tukazamubona, kandi ngo kuko agiye kwa Se?”

18 Bati: “Icyo ‘gihe gito’ ni ukuvuga iki? Ntituzi icyo ashaka kuvuga.”

19 Yezu amenye ko bashaka kumubaza ni ko kugira ati: “Ese murabazanya kuri iryo jambo navuze nti: ‘Hasigaye igihe gito mwe kumbona hanyuma mu kindi gihe gito mukazambona?’

20 Ndababwira nkomeje ko muzarira muboroge, naho ab’isi bo bazishima. Muzababara ariko akababaro kanyu kazahinduka ibyishimo.

21 Iyo umugore aramukwa arababara kuko agejeje igihe, ariko yamara kubyara ntabe acyibuka uburibwe kubera ibyishimo, kuko isi iba yungutse umuntu.

22 Namwe ubu murababaye koko, ariko nzongera kubabona, maze ibyishimo bibasābe mu mutima kandi ntawe uzabibavutsa.

23 “Uwo munsi nugera nta cyo muzaba mukinsiganuza. Ndababwira nkomeje ko icyo muzasaba Data cyose mu izina ryanjye azakibaha.

24 Kugeza ubu nta cyo mwigeze musaba mu izina ryanjye. Musabe muzahabwa kugira ngo ibyishimo byanyu bisendere.

Yezu yatsinze isi

25 “Ibyo mbibabwiye mu marenga. Igihe kizaza ubwo ntazongera kubabwira mu marenga, ahubwo nzabamenyesha ibya Data neruye.

26 Uwo munsi muzamwambaza mu izina ryanjye. Simvuze ko nzabavuganira kuri Data.

27 Erega Data ubwe asanzwe abakunda, kuko munkunda mukaba mwaremeye ko navuye ku Mana!

28 Naturutse kwa Data nza ku isi, kandi ubu ngiye kuva ku isi nsubire kwa Data.”

29 Abigishwa be baramubwira bati: “Dore noneho utubwiye weruye utaducira amarenga.

30 Ubu tumenye yuko uzi byose kandi ntukeneye ko hari uwagira icyo akubaza. Kubera ibyo twemera ko wavuye ku Mana.”

31 Yezu arababwira ati: “Noneho murashyize muranyemeye!

32 Ariko igihe kigiye kuza ndetse kirageze, ubwo mwese muri butatane umuntu wese akajya ukwe maze mukansiga jyenyine. Nyamara sindi jyenyine kuko ndi kumwe na Data.

33 Ibyo mbibabwiriye kugira ngo mugire amahoro mukomora kuri jye. Ku isi muzagira amakuba, ariko nimuhumure isi narayitsinze!”

—https://api-cdn.youversionapi.com/audio-bible-youversionapi/126/32k/JHN/16-4cac360eff43a8cf5fe888fa2c934717.mp3?version_id=387—