Categories
Luka

Luka 21

Ituro ry’umupfakazi

1 Yezu yubuye amaso, abona abakire bashyira amaturo yabo mu bubiko bwo mu rugo rw’Ingoro y’Imana,

2 abona n’umupfakazi w’umukene ashyiramo uduceritubiri gusa.

3 Nuko aravuga ati: “Ndababwiza ukuri, uriya mupfakazi w’umukene arushije abandi bose gutura.

4 Bariya bose batanze ku bibasagutse, naho we yatanze ibyari bimutunze byose.”

Yezu ahanura ko Ingoro y’Imana izasenywa

5 Bamwe barataga Ingoro y’Imana bavuga uburyo yubatswe n’amabuye meza, kandi irimbishijwe ibintu byatuwe Imana. Ariko Yezu aravuga ati:

6 “Hari igihe biriya byose mureba bizasenywa, ntihagire n’ibuye risigara rigeretse ku rindi!”

Amakuba azaba ku isi mu minsi y’imperuka

7 Baramubaza bati: “Mwigisha, ibyo bizaba ryari kandi ni ikihe kimenyetso kizerekana ko bigiye kuba?”

8 Yezu aravuga ati: “Muramenye ntimuzayobe, kuko hazaduka benshi biyita izina ryanjye bavuga bati: ‘Ni jye Kristo’, kandi bati ‘Igihe kiregereje!’ Ntimuzabakurikire.

9 Nimwumva urusaku rw’intambara n’imyivumbagatanyo ntimuzakuke umutima, kuko ibyo bigomba kubanza kubaho ariko iherezo rya byose ntirizahita riba.”

10 Yungamo ati: “Igihugu kizarwana n’ikindi, kandi umwami atere undi mwami.

11 Hazabaho imitingito ikaze kandi hirya no hino hatere inzara n’ibyorezo. Hazabaho n’ibiteye ubwoba n’ibimenyetso bikomeye bivuye mu ijuru.

12 Ariko mbere y’ibyo byose bazabafata babatoteze, babajyane mu nsengero zabo kugira ngo babacire iteka, maze babarohe muri gereza. Bazabashyikiriza abami n’abategetsi ari jye muhōrwa.

13 Ibyo bizatuma mumbera abagabo.

14 Ntimuzirirwe mubunza imitima mbere y’igihe mushaka icyo mwireguza.

15 Ni jyewe uzabihera ubushobozi bwo kumenya icyo mukwiye kuvuga, kandi ababarwanya bose ntibazashobora kugitsinda cyangwa kukivuguruza.

16 Muzagambanirwa n’ababyeyi banyu n’abo muva inda imwe na bene wanyu n’incuti zanyu, ndetse bamwe muri mwe bazabica.

17 Muzangwa na bose babampōra.

18 Nyamara nta gasatsi na kamwe kazapfuka ku mitwe yanyu.

19 Nimwihangana ni bwo muzarokora ubugingo bwanyu.

Isenywa rya Yeruzalemu

20 “Ubwo muzabona Yeruzalemu igoswe n’ingabo, muzamenye ko igiye kurimbuka bidatinze.

21 Icyo gihe abazaba bari muri Yudeya bazahungire mu misozi. Abo bizasanga mu mujyi rwagati bazawuvemo, naho abazaba bari mu cyaro ntibazagaruke mu mujyi,

22 kuko iminsi yo guhana abagomeye Imana izaba igeze, ngo bibe nk’uko Ibyanditswe byose bivuga.

23 Hagowe abazaba batwite cyangwa bonsa muri iyo minsi, kuko hazabaho umubabaro ukaze muri iki gihugu, kandi uburakari bw’Imana buzaba ku baturage bacyo.

24 Bazashirira ku nkota, abandi bajyanwe ho iminyago mu mahanga yose, Yeruzalemu iribatwe n’abanyamahanga kugeza igihe barangirije ibyabazanye.

Ukuza k’Umwana w’umuntu

25 “Hazaba ibimenyetso ku zuba no ku kwezi no ku nyenyeri. Naho ku isi amahanga azakuka umutima ashoberwe, kubera urusaku rw’inyanja no guhorera kwayo.

26 Abantu bazicwa n’ubwoba bategereje ibigiye kuba ku isi, kuko n’ibinyabubasha byo mu ijuru bizahungabana.

27 Ubwo ni bwo bazabona Umwana w’umuntu aje mu gicu, afite ububasha n’ikuzo ryinshi.

28 Nuko ibyo nibitangira kuba, muzahagarare mukomere kuko gutabarwa kwanyu kuzaba kwegereje.”

Ikigereranyo cy’igiti cy’umutini

29 Nuko Yezu abaha ikigereranyo ati: “Mwitegereze umutini n’ibindi biti byose.

30 Iyo mubonye bitoshye, muhita mumenya ko impeshyi yegereje.

31 Ni na ko rero igihe muzabona ibyo nababwiye bibaye, muzamenya ko ubwami bw’Imana bwegereje.

32 Ndababwira nkomeje ko ab’iki gihe batazashiraho ibyo byose bitabaye.

33 Ijuru n’isi bizashira ariko amagambo yanjye azahoraho.

Ni ngombwa kuba maso

34 “Nuko rero muririnde, ntimureke imitima yanyu iremererwa n’ivutu n’ubusinzi no guhihibikanwa n’iby’isi, ejo uwo munsi utabagwa gitumo

35 nk’umutego, kuko uzatungura abaturage bose bo ku isi uko yakabaye.

36 Nuko rero murabe maso, muhore musenga kugira ngo muzabashe kurokoka ibyo byose byenda kuba, no guhagarara imbere y’Umwana w’umuntu.”

37 Yezu yirirwaga yigishiriza mu rugo rw’Ingoro y’Imana, bwagoroba akavayo akajya kurara ku Musozi w’Iminzenze,

38 abantu bose bakazindukira mu rugo rw’Ingoro y’Imana kumwumva.

—https://api-cdn.youversionapi.com/audio-bible-youversionapi/126/32k/LUK/21-3a28afdce10ad1b3d4ba74167e0158c8.mp3?version_id=387—

Categories
Luka

Luka 22

Abakuru b’Abayahudi bajya inama yo kwica Yezu

1 Iminsi mikuru y’imigati idasembuye ari na yo bita Pasika y’Abayahudi yari yegereje.

2 Abakuru bo mu batambyi n’abigishamategeko bashakaga uburyo bakwicisha Yezu, ariko bagatinya rubanda.

Yuda yemera kugambanira Yezu

3 Nuko Satani yinjira muri Yuda bītaga Isikariyoti, umwe mu bigishwa cumi na babiri.

4 Ajya kuvugana n’abakuru bo mu batambyi n’abatware b’abarinzi b’Ingoro y’Imana, bumvikana uburyo azabashyikiriza Yezu.

5 Baranezerwa bamusezeranya amafaranga.

6 Nuko Yuda arabyemera, asigara ashaka igihe gikwiriye cyo kumubashyikiriza rubanda batabizi.

Abigishwa bategura ifunguro rya Pasika

7 Ku munsi wa mbere w’iminsi mikuru y’Imigati idasembuye, ari wo babāgagaho umwana w’intama wa Pasika,

8 Yezu atuma Petero na Yohani ati: “Nimugende mudutegurire ifunguro rya Pasika turi busangire.”

9 Baramubaza bati: “Urashaka ko turitegurira hehe?”

10 Arabasubiza ati: “Nimugera mu mujyi muraza guhura n’umugabo wikoreye ikibindi cy’amazi, mumukurikire mu nzu ari bwinjiremo.

11 Nuko mubwire nyir’inzu muti ‘Umwigisha aravuze ngo utwereke icyumba ari busangiriremo n’abigishwa be ifunguro rya Pasika.’

12 Uwo muntu ari bubereke icyumba kigari mu igorofa yo hejuru kirimo ibyicaro, abe ari ho mutunganyiriza ifunguro rya Pasika.”

13 Baragenda basanga ari nk’uko yabibabwiye, maze bategura ifunguro rya Pasika.

Ifunguro rihamya Isezerano rishya

14 Igihe kigeze, Yezu yicarana n’Intumwa ze barafungura.

15 Arababwira ati: “Mbega ukuntu nifuje gusangira namwe iby’uyu Munsi wa Pasika ntarababazwa!

16 Ndabamenyesha ko ntazongera kurya ifunguro rya Pasika, kugeza igihe icyo rishushanya kizaba gisohojwe mu bwami bw’Imana.”

17 Nuko afata igikombe, ashimira Imana aravuga ati: “Nimwakire musangire!

18 Mbabwire kandi: kuva ubu sinzongera kunywa divayi kugeza igihe Imana izaba ishinze ubwami bwayo.”

19 Hanyuma afata umugati, amaze gushimira Imana arawumanyura, arawubahereza ati: “Uyu ni umubiri wanjye ubatangiwe, mujye mukora mutya kugira ngo munyibuke.”

20 Bamaze gufungura afata n’igikombe aravuga ati: “Iki gikombe ni Isezerano rishya Imana igiranye n’abayo, rikaba ryemejwe n’amaraso yanjye amenwe ku bwanyu.

21 Nyamara dore ungambanira ari hano, turi kumwe ku meza.

22 Koko Umwana w’umuntu agiye gupfa nk’uko Imana yabigennye. Nyamara ugiye kumugambanira azabona ishyano.”

23 Nuko batangira kubazanya ugiye gukora ibyo uwo ari we.

Abigishwa bibaza umukuru muri bo

24 Abigishwa ba Yezu batangira kujya impaka bibaza umukuru muri bo.

25 Nuko Yezu arababwira ati: “Abami b’amahanga bayatwaza igitugu, kandi abayategeka bakunda kwitwa abagiraneza.

26 Ariko mwebwe ntimukagenze mutyo. Ahubwo umukuru muri mwe ajye agenza nk’umuto, kandi utegeka ajye amera nk’ukorera abandi.

27 Mbese ye, umukuru ni uwuhe, ni uri ku meza afungura cyangwa ni umuhereza? Ese si uri ku meza? Jyewe rero ndi muri mwe meze nk’ubahereza.

28 Icyakora ni mwebwe mutantereranye igihe nageragezwaga.

29 Nuko rero mbateganyirije ubwami nk’uko nanjye Data yabunteganyirije,

30 kugira ngo muzarye kandi munywe dusangirira mu bwami bwanjye, maze mwicare ku ntebe za cyami mucire imanza imiryango cumi n’ibiri y’Abisiraheli.”

Yezu abwira Petero ko ari bumwihakane

31 Nuko abwira Petero ati: “Yewe ga Simoni! Satani yabasabye Imana ngo abashungure nk’uko bashungura ingano.

32 Icyakora wowe nagusabiye ku Mana kugira ngo utareka kunyizera, kandi numara kungarukira uzakomeze abavandimwe bawe.”

33 Petero aramubwira ati: “Nyagasani, jyewe niyemeje kujyana nawe, naho nafunganwa nawe ndetse naho napfana nawe.”

34 Yezu aramusubiza ati: “Petero, reka nkubwire: iri joro inkoko ntiri bubike utaranyihakana gatatu.”

Yezu ababwira kwitegura ibigiye kuba

35 Hanyuma Yezu arababaza ati: “Ubwo nabatumaga nta mafaranga mufite, nta mufuka nta n’inkweto, mbese hari icyo mwabuze?”

Baramusubiza bati: “Nta cyo.”

36 Nuko arababwira ati: “Noneho rero ufite amafaranga ayajyane, ufite umufuka na we awujyane, kandi udafite inkota agurishe umwitero we ayigure.

37 Ibyanditswe biravuga ngo: ‘Yashyizwe mu mubare w’abagome.’ Dore mbabwire: ibyo byanditswe bigomba kumbaho, kuko ibyamvuzweho biri hafi kuba.”

38 Baravuga bati: “Nyagasani, ngizi inkota ebyiri!”

Na we arababwira ati: “Zirahagije.”

Yezu asengera ku Musozi w’Iminzenze

39 Nuko Yezu arasohoka ajya ku Musozi w’Iminzenze nk’uko yari asanzwe abigenza, n’abigishwa be baramukurikira.

40 Ahageze arababwira ati: “Nimusenge mutagwa mu bishuko.”

41 Hanyuma arabītarura ajya nk’aho umuntu yatera ibuye, arapfukama arasenga ati:

42 “Data, niba ubishaka igiza kure yanjye iki gikombe cy’umubabaro. Icyakora bye kuba uko nshaka, ahubwo bibe uko ushaka.”

[

43 Nuko umumarayika ava mu ijuru, abonekera Yezu aramukomeza.

44 Yari yashegeshwe n’ishavu, bituma arushaho gusenga cyane. Abira ibyuya bisa n’amaraso atonyanga.]

45 Amaze gusenga, arahaguruka asubira aho abigishwa be bari, asanga basinziriye kubera agahinda.

46 Nuko arababwira ati: “Ko musinziriye? Nimubyuke musenge kugira ngo mutagwa mu bishuko.”

Bafata Yezu

47 Akivuga ibyo haza igitero cy’abantu. Uwitwaga Yuda, umwe muri ba bigishwa cumi na babiri yari abarangaje imbere, yegera Yezu ngo amusome.

48 Yezu aramubaza ati: “Ni ko se Yuda, uragambanira Umwana w’umuntu umusoma?”

49 Abari kumwe na Yezu babonye ibigiye kuba, baramubaza bati: “Nyagasani, mbese dukure inkota turwane?”

50 Ndetse umwe muri bo akubita inkota umugaragu w’Umutambyi mukuru, amuca ugutwi kw’iburyo.

51 Yezu arababwira ati: “Nimusigeho!” Nuko akora uwo mugaragu ku gutwi aramukiza.

52 Hanyuma Yezu abaza abakuru bo mu batambyi n’abatware b’abarinzi b’Ingoro y’Imana, n’abakuru b’imiryango bari baje kumufata ati: “Kuki muje mwitwaje inkota n’amahiri nk’abaje gufata igisambo?

53 Iminsi yose nahoranaga namwe mu rugo rw’Ingoro y’Imana, ntimugire icyo munkoraho. None iki gihe ni icyanyu kuko ari icy’ububasha bw’ikibi.”

Petero yihakana Yezu

54 Bafata Yezu baramujyana bamugeza mu nzu y’Umutambyi mukuru, Petero amukurikirira kure.

55 Nuko bacana umuriro hagati mu rugo bicara bawukikije, na Petero yicarana na bo.

56 Mu gihe Petero yicaye aho hafi y’umuriro, umuja aramwitegereza aravuga ati: “Uriya na we yari kumwe na Yezu.”

57 Petero arabihakana ati: “Reka simuzi wa mugore we!”

58 Hashize akanya gato, undi muntu abonye Petero aravuga ati: “Nawe uri uwo muri bo!”

Ariko Petero aramusubiza ati: “Reka wa mugabo we, sindi uwo muri bo!”

59 Haza guhita nk’isaha, undi muntu avuga akomeje ati: “Ni impamo uyu muntu na we yari kumwe na Yezu. Dore ni n’Umunyagalileya!”

60 Petero arasubiza ati: “Wa mugabo we, icyo ushaka kuvuga sinkizi!”

Akivuga atyo inkoko irabika.

61 Nuko Nyagasani arahindukira yitegereza Petero, maze Petero yibuka ijambo Nyagasani yari yamubwiye agira ati: “iri joro, inkoko ntiri bubike utaranyihakana gatatu.”

62 Nuko asohoka ashavuye, ararira cyane.

Yezu agirirwa nabi

63 Abantu bari barinze Yezu baramunnyega ari na ko bamukubita,

64 bakamupfuka mu maso bakavuga bati: “Hanura, ni nde ugukubise?”

65 Nuko bakomeza kumutuka ibitutsi byinshi.

Yezu ajyanwa mu rukiko rw’ikirenga rw’Abayahudi

66 Bumaze gucya, abagize urukiko rw’ikirenga ari bo bakuru b’imiryango y’Abayahudi, n’abakuru bo mu batambyi n’abigishamategeko baraterana. Bahamagaza Yezu

67 baramubwira bati: “Niba uri Kristo bitubwire!”

Yezu arabasubiza ati: “Naho nabibabwira nte ntimwanyemera.

68 Ikindi kandi, ningira icyo mbabaza ntabwo muri bunsubize.

69 Nyamara mu gihe gito Umwana w’umuntu agiye kwicara ku ntebe ya cyami, iburyo bw’Imana Nyirububasha.”

70 Nuko bose baramubaza bati: “Ni wowe rero Mwana w’Imana?”

Arabasubiza ati: “Murabyivugiye ndi we.”

71 Nuko baravuga bati: “Turacyashaka abagabo b’iki se kandi, ko abivuze ubwe twiyumvira!”

—https://api-cdn.youversionapi.com/audio-bible-youversionapi/126/32k/LUK/22-3053d93cc96d268c905c71b4a8c7f476.mp3?version_id=387—

Categories
Luka

Luka 23

Yezu ashyikirizwa Umunyaroma Pilato wategekaga Yudeya

1 Hanyuma bose barahaguruka bajyana Yezu kwa Pilato.

2 Batangira kumurega bagira bati: “Twasanze uyu muntu agomesha rubanda, ababuza gutanga umusoro w’umwami w’i Roma, kandi yiyita Umwami Kristo.”

3 Pilato aramubaza ati: “Ni wowe mwami w’Abayahudi?”

Yezu aramusubiza ati: “Urabyivugiye.”

4 Pilato abwira abakuru bo mu batambyi n’imbaga y’abantu bari aho ati: “Ndabona uyu muntu nta cyaha kimuhama.”

5 Ariko bo bahatiriza bagira bati: “Yagomesheje rubanda muri Yudeya yose kubera ibyo yigisha, yari yahereye muri Galileya mbere yo kugera n’ino aha.”

Yezu ashyikirizwa Herodi

6 Pilato yumvise ibyo abaza ko Yezu ari Umunyagalileya.

7 Amenye rero ko ari uwo mu bwatsi bwa Herodi, aramumwoherereza kuko Herodi na we yari i Yeruzalemu muri iyo minsi.

8 Herodi yishimira cyane kubona Yezu, kuko kuva kera yabyifuzaga kubera ibyo yamwumvagaho. Ikindi kandi yari afite amatsiko yo kubona aho Yezu akora igitangaza kimuranga.

9 Amubaza byinshi ariko Yezu ntiyagira icyo amusubiza.

10 Abakuru bo mu batambyi n’abigishamategeko bari bahagaze aho bamurega ibirego bikomeye.

11 Herodi n’abasirikari be baramusuzugura baramushinyagurira, bamwambika umwenda ubengerana maze bamusubiza kwa Pilato.

12 Uwo munsi Pilato na Herodi baruzura, kandi bari basanzwe batumvikana.

Yezu acirwa urwo gupfa

13 Pilato atumiza abakuru bo mu batambyi n’abandi bakuru b’Abayahudi na rubanda.

14 Arababwira ati: “Mwanzaniye uyu muntu muvuga ko agomesha rubanda. None dore maze kumubariza imbere yanyu, sinagira icyaha mubonaho kimuhama mu byo mwamureze.

15 Herodi na we ni uko kuko yamutugaruriye. None rero uyu muntu nta cyo yakoze gikwiriye kumwicisha,

16 ngiye kumuhana maze murekure.”

[

17 Ubusanzwe Pilato yagombaga kubarekurira imfungwa imwe ku munsi mukuru wa Pasika.]

18 Nuko bose basakuriza icyarimwe bati: “Tanga uwo muntu apfe, ahubwo uturekurire Baraba!”

19 (Baraba uwo yari yarafungiwe imyivumbagatanyo yari yarabaye mu mujyi igahitana umuntu.)

20 Pilato yongera kubavugisha, ashaka uburyo yarekura Yezu.

21 Ariko bo barasakuza bati: “Mutange abambwe ku musaraba! Nabambwe!”

22 Pilato arongera ababaza ubwa gatatu ati: “Kuki? Ikibi yakoze ni ikihe ko nta cyo mubonyeho gikwiriye kumwicisha? Nuko rero nimara kumuhana ndamurekura.”

23 Ariko barushaho gusakabaka basaba ko Yezu abambwa. Bakomeje gusakuza cyane,

24 Pilato ahitamo kubemerera ibyo bifuzaga.

25 Abarekurira uwo bashakaga wari warafunzwe azira ubugome n’ubwicanyi. Naho Yezu aramutanga ngo agenzwe uko bashaka.

Yezu abambwa ku musaraba

26 Abasirikari bajyanye Yezu bafata uwitwa Simoni w’i Sirene wiviraga mu cyaro bamukorera umusaraba, bamutegeka kugenda inyuma ya Yezu awuhetse.

27 Yezu yari akurikiwe n’imbaga nyamwinshi ya rubanda, irimo abagore baborogaga bamuririra.

28 Nuko Yezu arahindukira arababwira ati: “Bagore b’i Yeruzalemu, mwindirira ahubwo nimwiririre, muririre n’abana banyu!

29 Dore hagiye kuza igihe bazavuga bati: ‘Hahirwa ingumba n’inda zitigeze zibyara n’amabere atigeze yonsa.’

30 Ubwo ni bwo bazatangira kubwira imisozi bati: ‘Nimutugwire’, babwire n’udusozi bati: ‘Nimuduhishe!’

31 None se ubwo bagenje batyo igiti kibisi, icyumye cyo bizakigendekera bite?”

32 Bari bajyanye kandi n’abandi bantu babiri b’abagizi ba nabi, kugira ngo bicanwe na Yezu.

33 Abasirikari bageze ahantu hitiriwe igihanga, babamba Yezu ku musaraba kimwe na ba bagizi ba nabi, umwe iburyo bwe undi ibumoso.

34 Yezu aravuga ati: “Data, ubababarire kuko batazi icyo bakora.”

Bigabanya imyambaro ye bakoresheje ubufindo.

35 Rubanda bari bahagaze aho bareba, abatware b’Abayahudi bakamushungera bavuga bati: “Yakijije abandi ngaho na we niyikize, niba ari we Kristo watoranyijwe n’Imana.”

36 Abasirikari na bo baramushinyagurira, baramwegera bamuha divayi isharira bagira bati:

37 “Niba uri Umwami w’Abayahudi ngaho ikize turebe!”

38 Hejuru ye hari hamanitse itangazo rivuga ngo “Uyu ni Umwami w’Abayahudi.”

39 Umwe mu bagizi ba nabi bari babambanywe aramukoba ati: “Si wowe Kristo? Ngaho ikize natwe udukize!”

40 Ariko mugenzi we aramucyaha ati: “Mbese nta n’ubwo utinya Imana, kubona uhawe igihano kimwe n’icye?

41 Twebweho kiradukwiye kuko duhōwe ibyo twakoze, naho uyu we nta cyaha afite.”

42 Nuko aravuga ati: “Yezu, uranyiyibukire nugera mu bwami bwawe!”

43 Yezu ni ko kumusubiza ati: “Ni ukuri uyu munsi turaba turi kumwe muri paradiso.”

Urupfu rwa Yezu

44 Ahagana mu masaa sita, mu gihugu cyose hacura umwijima kugeza isaa cyenda.

45 Izuba rirazima, no mu Ngoro y’Imana umwenda wakingirizaga Icyumba kizira inenge cyaneutabukamo kabiri.

46 Yezu avuga aranguruye ati: “Data, nishyize mu maboko yawe.”

Akimara kuvuga atyo avamo umwuka.

47 Umukapiteni w’abasirikari bari aho abonye ibibaye, asingiza Imana avuga ati: “Mu by’ukuri, uyu muntu yari umwere!”

48 Nuko abantu bose bari bateraniye aho barēbēra, babonye ibibaye barikubura bataha bitangiriye itama.

49 Abari baziranye na Yezu bose barimo abagore bamuherekeje kuva muri Galileya, babireberaga kure.

Umurambo wa Yezu ushyirwa mu mva

50-51 Hariho umugabo witwaga Yozefu ukomoka mu mujyi w’Abayahudi witwa Arimateya. Yari umuntu w’inyangamugayo kandi w’intungane, akaba ari umwe mu bari bategereje ubwami bw’Imana. Yari umujyanama mu rukiko rw’ikirenga rw’Abayahudi, ariko ntiyari yemeye uko urubanza rwa Yezu rwaciwe n’ibyo bamukoreye.

52 Ajya kwa Pilato amusaba umurambo wa Yezu.

53 Nuko awumanura ku musaraba awuhambira mu mwenda wera, awurambika mu mva yari yarakorogoshowe mu rutare, iyo mva yari itarahambwamo.

54 Wari umunsi w’imyiteguro, isabato yari igiye gutangira.

55 Abagore bari bavanye na Yezu muri Galileya baherekeza Yozefu, bitegereza imva n’uburyo umurambo ushyinguwe.

56 Nuko basubirayo bategura amarashi n’andi mavuta ahumura neza, byo kuzasīga umurambo.

Ku munsi w’isabato bararuhuka nk’uko Amategeko abivuga.

—https://api-cdn.youversionapi.com/audio-bible-youversionapi/126/32k/LUK/23-23045a09828632aa4195c60e5589a8af.mp3?version_id=387—

Categories
Luka

Luka 24

Kuzuka kwa Yezu

1 Kare mu museke ku cyumweru ari wo munsi wa mbere, ba bagore bajya ku mva bajyanye ya mavuta ahumura neza bateguye.

2 Basanga ibuye ryari rikinze imva rihirikiwe hirya.

3 Binjiramo ariko ntibasangamo umurambo wa Nyagasani Yezu.

4 Babibonye batyo bagwa mu kantu. Ako kanya abagabo babiribambaye imyenda irabagirana barababonekera.

5 Abagore bagira ubwoba bwinshi bubika amaso bareba hasi, ariko abo bagabo barababwira bati: “Ni kuki mushakira umuntu muzima mu bapfuye?

6 Ntari hano yazutse. Mwibuke ibyo yababwiye akiri muri Galileya

7 agira ati: ‘Umwana w’umuntu agomba kugabizwa abagizi ba nabi, akabambwa ku musaraba maze ku munsi wa gatatu akazuka.’ ”

8 Ni bwo bibutse ibyo Yezu yari yaravuze.

9 Bava ku mva barataha, ibyabaye byose babimenyesha abigishwa cumi n’umwe n’abandi bose.

10 Ababibwiye Intumwa za Yezu ni aba: Mariya w’i Magadala na Yowana, na Mariya nyina wa Yakobo n’abandi bagore bagenzi babo.

11 Ariko Intumwa zumva ko ibyo abo bagore bazibwiye ari uburondogozi ntizabyemera.

12 Nyamara Petero we arahaguruka, ariruka ajya ku mva. Nuko arunama ngo aroremo, ntiyagira ikindi abona uretse imyenda yari yarazingiwemo umurambo yonyine. Hanyuma asubira imuhira atangarira ibyabaye.

Yezu ahura n’abigishwa be babiri bajyaga Emawusi

13 Na none kuri uwo munsi, babiri mu bigishwa ba Yezu bajyaga ku murenge witwa Emawusi, kuva i Yeruzalemu kugerayo hari nka kirometero cumi n’imwe.

14 Bagenda baganira ku byabaye muri iyo minsi.

15 Bakivugana babyibazaho, Yezu ubwe arabegera ajyana na bo.

16 Baramureba ariko baba nk’impumyi ntibamumenya.

17 Yezu arababaza ati: “Mbese muragenda muganira ku byerekeye iki?”

Nuko bahagarara bijimye.

18 Umwe muri bo witwaga Kileyopa aramubaza ati: “Ni wowe wenyine i Yeruzalemu utazi ibyahabaye muri iyi minsi?”

19 Arababaza ati: “Ni ibiki byahabaye?”

Baramusubiza ati: “Ibyabaye kuri Yezu w’i Nazareti. Uwo muntu yari umuhanuzi ufite ububasha mu byo yakoraga no mu byo yavugaga, ku buryo Imana yamwemeraga n’abantu bose bakamwemera.

20 Twavuganaga n’ukuntu abakuru bo mu batambyi n’abayobozi bacu batanze uwo muntu ngo acirwe urwo gupfa, maze bakamubamba ku musaraba.

21 Twiringiraga ko ari we uzavana Abisiraheli mu buja. Uretse n’ibyo, dore uyu ni umunsi wa gatatu ibyo bibaye.

22 Icyakora abagore bamwe bo muri twe badutangaje, ngo bazindukiye ku mva

23 ntibabona umurambo we. Hanyuma baza batubwira ko abamarayika bababonekeye, bakabamenyesha ko ari muzima.

24 Ndetse bamwe muri twe bagiye ku mva basanga ibintu bimeze uko abo abagore bari babivuze, ariko we ntibamubona.”

25 Yezu aherako arababwira ati: “Mwa bapfu mwe mutinda kwemera ibyo abahanuzi bavuze byose!

26 None se ntibyari ngombwa ko Kristo ababazwa ako kageni, agapfa kugira ngo abone guhabwa ikuzo rimugenewe?”

27 Nuko ahera ku bitabo bya Musa no ku by’abahanuzi bose, abasobanurira ibimwerekeyeho akoresheje Ibyanditswe byose.

28 Bageze hafi y’umurenge abo babiri bajyagaho, Yezu asa n’ushaka gukomeza urugendo.

29 Ariko baramwinginga bati: “Reka tugumane, dore umunsi uciye ikibu ndetse burije.”

Nuko arinjira ngo ararane na bo.

30 Bageze ku meza Yezu afata umugati, ashimira Imana, arawumanyura arawubaha.

31 Ako kanya bamera nk’abahumutse baramumenya, ariko barebye baramubura.

32 Basigara bavugana bati: “Mbese imitima yacu ntiyari ikeye igihe yatuvugishaga turi mu nzira, adusobanurira Ibyanditswe?”

33 Ako kanya barahaguruka basubira i Yeruzalemu, bahasanga ba bandi cumi n’umwe bateranye, hamwe na bagenzi babo bandi.

34 Bumva bavuga bati: “Ni ukuri Nyagasani yazutse, kandi yabonekeye Simoni Petero.”

35 Nuko na bo babatekerereza ibyababayeho mu nzira, n’uburyo bamenye Nyagasani igihe yamanyuraga umugati.

Yezu abonekera abigishwa be

36 Bakivuga ibyo babona Yezu ahagaze hagati yabo, arababwira ati: “Nimugire amahoro!”

37 Barakangarana bashya ubwoba, bakeka ko babonye umuzimu.

38 Ariko arababwira ati: “Ikibakuye umutima ni iki kandi kuki mushidikanya ibyo mureba?

39 Nimwitegereze ibiganza byanjye n’ibirenge byanjye, dore ni jyewe rwose! Nimunkoreho murebe neza! Umuzimu ntagira umubiri n’amagufwa nk’ibyo mumbonana.”

40 Avuze atyo abereka ibiganza bye n’ibirenge bye.

41 Nuko bagitangara kandi bagishidikanya kubera ibinezaneza, arababaza ati: “Mbese nta cyo kurya mufite hano?”

42 Bamuhereza igisate cy’ifi yokeje.

43 Aracyakira akirīra imbere yabo.

44 Nyuma arababwira ati: “Ibyo ni byo nababwiraga nkiri kumwe namwe, ko n’ibyanditswe kuri jye bigomba gushyika byose, ni ukuvuga ibyo mu Mategeko ya Musa n’ibyanditswe n’abahanuzi no muri Zaburi.”

45 Nuko arabajijura kugira ngo basobanukirwe Ibyanditswe.

46 Arababwira ati: “Uko ni ko byanditswe ko Kristo agomba kubabazwa akanapfa, ku munsi wa gatatu akazuka mu bapfuye.

47 Byanditswe kandi ko uhereye i Yeruzalemu, abantu bo mu mahanga yose bagomba gutangarizwa mu izina rye ibyo kwihana kugira ngo bababarirwe ibyaha.

48 Ni mwe bagabo bo kubihamya.

49 Kandi nzaboherereza uwo Data yasezeranye, none rero mugume mu mujyi mutegereze gusesurwaho ubwo bubasha buvuye mu ijuru.”

Yezu asubira mu ijuru

50 Nuko asohokana n’abigishwa be bagera hafi y’i Betaniya, maze arambura amaboko abaha umugisha.

51 Igihe akibaha umugisha, atandukana na bo ajyanwa mu ijuru.

52 Abigishwa baramuramya maze basubira i Yeruzalemu bishimye cyane,

53 bagahora mu rugo rw’Ingoro y’Imana bayisingiza.

—https://api-cdn.youversionapi.com/audio-bible-youversionapi/126/32k/LUK/24-f2cea82b732aa7d346fc85272eb80fd1.mp3?version_id=387—

Categories
Yohani

Yohani 1

Jambo yabaye umuntu

1 Mbere ya byose uwitwa Jambo yari ariho. Jambo uwo yari kumwe n’Imana kandi yari Imana.

2 Yari kumwe n’Imana mbere ya byose.

3 Ibintu byose byabayeho kubera we, nta na kimwe cyabayeho kitabimukesha.

4 Muri we harimo ubugingo kandi ubwo bugingo bwari urumuri rw’abantu.

5 Nuko urwo rumuri ruboneshereza mu mwijima, umwijima ntiwarutsinda.

6 Habayeho umuntu watumwe n’Imana akitwa Yohani.

7 Yaje ari umugabo wo guhamya iby’urwo rumuri, kugira ngo atume bose barwemera.

8 Si we wari urumuri ahubwo yazanywe no guhamya ibyarwo.

9 Jambo ni we rumuri nyakuri rwaje ku isi, maze rumurikira umuntu wese.

10 Yari ku isi kandi isi yabayeho kubera we, nyamara isi ntiyamumenya.

11 Yaje mu bye ariko abe ntibamwakira.

12 Nyamara abamwakiriye bose bakemera uwo ari we, yabahaye ubushobozi bwo kuba abana b’Imana.

13 Kuba abana b’Imana ntibiva ku buryo busanzwe bwo kubyara, cyangwa ngo biterwe n’icyifuzo cy’umubiri cyangwa n’ubushake bw’umuntu, ahubwo babyarwa n’Imana.

14 Jambo yabaye umuntu aba hagati muri twe, yuzuye ubuntu n’ukuri. Nuko tubona ikuzo rye, ari ryo kuzo Umwana w’ikinege akomora kuri Se.

15 Yohani ahamya ibye ararangurura ati: “Nguyu uwo navugaga nti: ‘Uje nyuma yanjye aranduta kuko yahozeho mbere yanjye.’ ”

16 Twese twahawe ku migisha ye isendereye, kandi tugirirwa ubuntu bugeretse ku bundi.

17 Amategeko yanyujijwe kuri Musa, naho ubuntu n’ukuri byo byaje binyujijwe kuri Yezu Kristo.

18 Nta muntu wigeze abona Imana, ahubwo Umwana w’ikinege uhorana na Se ni we wayimenyekanishije.

Guhamya kwa Yohani Mubatiza

19 Dore ibyo Yohani yahamije, ubwo Abayahudi b’i Yeruzalemu batumaga abatambyi n’Abalevi kumubaza bati: “Uri nde?”

20 Abasubiza atishisha aranaberurira ati “Si jye Kristo.”

21 Nuko baramubaza bati: “None se uri nde? Ese uri Eliya?”

Ati: “Sindi we.”

Baramubaza ati: “Mbese uri wa Muhanuzi?”

Ati: “Oya.”

22 Noneho baramubaza bati: “None se uri nde kugira ngo tubone icyo dusubiza abadutumye? Ese ibyawe ubivugaho iki?”

23 Arabasubiza ati:

“Ndi urangururira ijwi mu butayu ati:

‘Nimuringanize inzira ya Nyagasani’,

nk’uko umuhanuzi Ezayi yabivuze.”

24 Abari batumwe bari abo mu Bafarizayi.

25 Nuko baramubaza bati: “Kuki ubatiza niba utari Kristo cyangwa Eliya, cyangwa wa Muhanuzi?”

26 Yohani arabasubiza ati: “Jyewe mbatirisha amazi, nyamara muri mwe hari uwo mutazi.

27 Yaje nyuma yanjye, ariko ntibinkwiriye no gupfundura agashumi k’urukweto rwe.”

28 Ibyo byabereye i Betaniya, iburasirazuba bw’uruzi rwa Yorodani aho Yohani yabatirizaga.

Yezu Umwana w’intama w’Imana

29 Bukeye Yohani abona Yezu aje amusanga, maze aravuga ati: “Dore Umwana w’intama w’Imana ukuraho ibyaha by’abantu bo ku isi!

30 Uyu ni we navugaga nti: ‘Nyuma yanjye haje umuntu unduta, kuko yahozeho mbere yanjye.’

31 Nanjye mbere sinari nzi uwo ari we, ariko icyatumye nza mbatirisha amazi kwari ukugira ngo agaragarizwe Abisiraheli.”

32 Nuko Yohani arahamya ati: “Nabonye Mwuka w’Imana amanuka ava mu ijuru asa n’inuma, maze aguma kuri we.

33 Jye sinari nzi uwo ari we, ariko Imana yantumye kubatirisha amazi yari yarambwiye iti: ‘Uwo uzabona Mwuka amumanukiyeho maze akamugumaho, ni we ubatirisha Mwuka Muziranenge.’

34 Narabyiboneye none ndahamya ko uwo ari we Mwana w’Imana.”

Abigishwa ba mbere ba Yezu

35 Bukeye Yohani akaba ahagararanye na babiri mu bigishwa be.

36 Abonye Yezu ahita aravuga ati: “Dore Umwana w’intama w’Imana!”

37 Bumvise avuga atyo, abo bigishwa bombi bahita bakurikira Yezu.

38 Yezu arahindukira abona bamukurikiye, arababaza ati: “Murashaka iki?”

Baramusubiza bati: “Rabi (risobanurwa ngo ‘Mwigisha’), ucumbitse he?”

39 Arabasubiza ati: “Nimuze muharebe!”

Nuko baragenda babona aho yari acumbitse, maze uwo munsi bagumana na we. Hari mu masaa kumi.

40 Andereya uva inda imwe na Simoni Petero, yari umwe muri babiri bumvise ibyo Yohani avuze maze bagakurikira Yezu.

41 Uwo abanza gushaka umuvandimwe we Simoni, amubonye aramubwira ati: “Twabonye Mesiya” (risobanurwa ngo “Kristo”),

42 maze amugeza kuri Yezu.

Yezu amwitegereje aravuga ati: “Uri Simoni mwene Yohani, ariko uzitwa Kefa.” Kefa risobanurwa ngo “Petero”.

Yezu ahamagara Filipo na Natanayeli

43 Bukeye Yezu yiyemeza kujya muri Galileya, ahura na Filipo aramubwira ati: “Nkurikira!”

44 Filipo yari uw’i Betsayida, iwabo wa Andereya na Petero.

45 Filipo abona Natanayeli aramubwira ati: “Twabonye wa muntu uvugwa mu Mategeko yanditswe na Musa no mu byanditswe n’abahanuzi. Uwo ni Yezu mwene Yozefu w’i Nazareti.”

46 Nuko Natanayeli aramubaza ati: “Mbese hari ikintu cyiza cyakomoka i Nazareti?”

Filipo aramusubiza ati: “Ngwino urebe!”

47 Yezu abonye Natanayeli aje amusanga aravuga ati: “Dore Umwisiraheli nyakuri utagira uburiganya.”

48 Natanayeli aramubaza ati: “Wamenye ute?”

Yezu aramusubiza ati: “Filipo ataraguhamagara, igihe wari munsi y’igiti cy’umutini nari nakubonye.”

49 Natanayeli aramubwira ati: “Mwigisha, koko ni wowe Mwana w’Imana, ni wowe Mwami w’Abisiraheli.”

50 Yezu ati: “Mbese unyemejwe n’uko nkubwiye nti ‘Nakubonye munsi y’umutini?’ Uzabona ibiruta ibyo.”

51 Nuko yungamo ati: “Ndakubwira nkomeje ko uzabona ijuru rikingutse, ubone n’abamarayika b’Imana bazamukira kandi bamanukira ku Mwana w’umuntu.”

—https://api-cdn.youversionapi.com/audio-bible-youversionapi/126/32k/JHN/1-b66c1944cf097160e152a6d269bf4ad3.mp3?version_id=387—

Categories
Yohani

Yohani 2

Ubukwe bw’i Kana

1 Ku munsi wa gatatu haba ubukwe i Kana ho muri Galileya, na nyina wa Yezu yari aburimo,

2 Yezu n’abigishwa be na bo bari babutumiwemo.

3 Nuko nyina wa Yezu abonye ko divayi ishize aramubwira ati: “Nta divayi bagifite.”

4 Yezu aramusubiza ati: “Mubyeyi, ibyo ubinzanyemo ute? Igihe cyanjye ntikiragera.”

5 Nyina abwira abahereza ati: “Icyo ababwira cyose mugikore.”

6 Aho hari intango esheshatu zibajwe mu mabuye zashyiriweho umuhango wa kiyahudi wo kwihumanura, buri ntango ikuzuzwa n’ibibindi bivoma nka bine cyangwa bitanu.

7 Yezu arababwira ati: “Nimwuzuze izo ntango amazi.” Barazuzuza bageza ku rugara.

8 Hanyuma arababwira ati: “Noneho nimudahe mushyīre umusangwa mukuru.” Baramushyīra.

9 Umusangwa mukuru asogongera ayo mazi yamaze guhinduka divayi ntiyamenya aho iturutse, icyakora abahereza bari badashye amazi bo bari bahazi. Nuko ahamagara umukwe

10 aramubwira ati: “Ubusanzwe umuntu wese abanza gutanga divayi nziza, hanyuma abantu bamara guhaga, akazana itari nziza nk’iya mbere, naho wowe wagumanye inziza kugeza magingo aya!”

11 Icyo gitangaza kimuranga Yezu yagikoze i Kana ho muri Galileya, kiba icya mbere yakoze kigaragaza ikuzo rye. Ni cyo cyatumye abigishwa be bamwemera.

12 Hanyuma aramanuka agera i Kafarinawumu, we na nyina n’abavandimwe be n’abigishwa be bahamara igihe gito.

Yezu yirukana abacururizaga mu Ngoro y’Imana

13 Umunsi wa Pasika y’Abayahudi wegereje, Yezu ajya i Yeruzalemu.

14 Ageze mu rugo rw’Ingoro y’Imana ahasanga abacuruzaga inka n’intama n’inuma, n’abari bicaye bavunjaamafaranga.

15 Abohekanya imigozi ayigira nk’ikiboko bose abamenesha mu rugo rw’Ingoro, yirukanamo n’intama n’inka zabo, asandaza amafaranga y’abavunjaga ahirika n’ameza yabo.

16 Abwira abacuruzaga inuma ati: “Nimuzivane hano! Inzu ya Data ntimukayigire isoko!”

17 Abigishwa be bibuka ko Ibyanditswe bivuga ngo: “Ishyaka ngirira Ingoro yawe rirambaga.”

18 Noneho Abayahudi baramubaza bati: “Uratanga kimenyetso ki kitwemeza ko wemerewe gukora bene ibyo?”

19 Yezu arabasubiza ati: “Nimusenye iyi ngoro, nzongera nyubake mu minsi itatu.”

20 Abayahudi bati: “Dorere, iyi Ngoro yubatswe mu myaka mirongo ine n’itandatu, nawe ngo wakongera kuyubaka mu minsi itatu?”

21 Icyakora ingoro yavugaga ni umubiri we.

22 Aho amariye kuzuka mu bapfuye, abigishwa be bibutse ko ibyo yari yarabivuze, maze bemera Ibyanditswe kandi bemera ijambo Yezu yari yavuze.

Yezu azi imigambi ya buri muntu

23 Igihe Yezu yari i Yeruzalemu mu minsi mikuru ya Pasika, abantu benshi bamwemejwe n’ibitangaza babonye akora.

24 Nyamara Yezu ntiyabagirira icyizere, kuko we yari azi abantu bose.

25 Byongeye kandi ntiyari akeneye gusiganuza ibyerekeye abantu, kuko yari asanzwe azi imigambi ya buri muntu.

—https://api-cdn.youversionapi.com/audio-bible-youversionapi/126/32k/JHN/2-25efdf724812c787862435f4a915a67a.mp3?version_id=387—

Categories
Yohani

Yohani 3

Yezu na Nikodemu

1 Mu ishyaka ry’Abafarizayi harimo umuntu witwaga Nikodemu, akaba umwe mu bayobozi b’Abayahudi.

2 Nijoro asanga Yezu aramubwira ati: “Mwigisha, tuzi ko uri umwigisha watumwe n’Imana tubyemejwe n’ibitangaza ukora. Nta wabasha kubikora Imana itari kumwe na we.”

3 Yezu aramusubiza ati: “Ndakubwira nkomeje ko umuntu utavutse ubwa kabiriatabasha kubona ubwami bw’Imana.”

4 Nikodemu aramubaza ati: “Umuntu yabasha ate kuvuka kandi akuze? Mbese yabasha gusubira mu nda ya nyina akongera kuvuka?”

5 Yezu aramusubiza ati: “Ndakubwira nkomeje ko umuntu utabyawe n’amazi na Mwuka w’Imana, atabasha kwinjira mu bwami bwayo.

6 Ikibyarwa n’umubiri kiba ari umubiri, naho ikibyarwa na Mwuka kiba ari umwuka.

7 Ntutangazwe n’uko nakubwiye nti: ‘Mugomba kuvuka ubwa kabiri.’

8 Umuyagauhuhira aho ushaka, ukumva uhuha ariko ntumenye aho uva cyangwa aho ujya. Ni na ko bimera ku muntu wese wabyawe na Mwuka.”

9 Nikodemu aramubaza ati: “Ibyo bishoboka bite?”

10 Yezu aramusubiza ati: “Ukaba uri umwigisha mu Bisiraheli ntumenye ibyo?

11 Ndakubwira nkomeje ko tuvuga ibyo tuzi kandi tugahamya ibyo twiboneye, nyamara ntimwemera ibyo duhamya.

12 Nababwiye ibiba ku isi ntimwabyemera, none se nimbabwira ibiba mu ijuru muzabyemera mute?

13 Nta wigeze azamuka ngo ajye mu ijuru, keretse uwamanutse ava mu ijuru ari we Mwana w’umuntu.

14 Kandi nk’uko Musa yashyize inzoka hejuru ari mu butayu akayimanika ku giti, ni ko n’Umwana w’umuntu agomba gushyirwa hejuru,

15 kugira ngo umwizera wese ahabwe ubugingo buhoraho.”

16 Imana yakunze cyane abantu bo ku isi yose, ku buryo yatanze Umwana wayo w’ikinege kugira ngo umwizera wese adapfa burundu, ahubwo ahabwe ubugingo buhoraho.

17 Imana ntiyatumye Umwana wayo ku isi ngo acire iteka abo ku isi, ahubwo kwari ukugira ngo abakize.

18 Uwizera Umwana w’Imana ntiyigera acirwa iteka, naho utamwizera aba amaze kuricirwa kuko atizeye Umwana w’ikinege w’Imana.

19 Dore igituma abantu bacirwa iteka: ni uko urumuri rwaje ku isi maze abantu bikundira umwijima kuruta umucyo, kuko ibyo bakora ari bibi.

20 Umuntu wese ukora ibibi yanga umucyo, kandi ntaza ahabona kugira ngo ibyo akora bitagawa.

21 Nyamara ukora iby’ukuri ajya ahabona, kugira ngo ibyo yakoze bigaragare ko byakozwe uko Imana ishaka.

Yezu na Yohani Mubatiza

22 Hanyuma y’ibyo Yezu ajyana n’abigishwa be mu ntara ya Yudeya, bamaranayo iminsi abatiza abantu.

23 Yohani na we yabatirizaga ahitwa Enoni hafi y’i Salimu, kuko hari amazi menshi abantu bakaza kuhabatirizwa.

24 Ubwo Yohani yari atarafatwa ngo afungwe.

25 Nuko abigishwa ba Yohani bajya impaka n’undi Muyahudi ku byerekeye imihango yo kwihumanura.

26 Basanga Yohani baramubwira bati: “Mwigisha, wa wundi wari kumwe nawe hakurya ya Yorodani, uwo wahamyaga uwo ari we, dore na we arabatiza kandi abantu bose baramusanga.”

27 Yohani arabasubiza ati: “Nta cyo umuntu abasha kwiha kirenze icyo Imana yamugeneye.

28 Mwebwe ubwanyu mwambera abagabo b’ibyo navuze nti: ‘Jyewe sindi Kristo ahubwo ndi uwatumwe kumubanziriza.’

29 Umukwe ni we nyir’umugeni, naho uherekeza umukwe amuhagarara iruhande akamutega amatwi maze akanyurwa no kumva ijwi rye. Nguko uko ibyishimo byanjye bisendereye.

30 We agomba gukuzwa naho jye ngaca bugufi.”

Yezu aturuka mu ijuru

31 Uturuka mu ijuru asumba byose, naho uturuka ku isi ni uw’isi kandi avuga iby’isi. Uturuka mu ijuru we asumba byose,

32 ibyo yiboneye kandi yiyumviye ni byo ahamya, ariko nta wemera ibyo ahamya.

33 Icyakora uwemera ibyo ahamya aba yemeje ko ibyo Imana ivuga ari ukuri.

34 Uwatumwe n’Imana avuga ubutumwa bwayo, kuko Imana itanga Mwuka wayo itazigama.

35 Umwana w’Imana akundwa na Se kandi Se yamweguriye byose.

36 Uwemera Umwana w’Imana aba abonye ubugingo buhoraho, naho utamwumvira ntazabona ubwo bugingo, ahubwo Imana izagumya imurakarire.

—https://api-cdn.youversionapi.com/audio-bible-youversionapi/126/32k/JHN/3-cb6ec5b1ecea0b2131fed713ea016ba0.mp3?version_id=387—

Categories
Yohani

Yohani 4

Yezu n’Umunyasamariyakazi

1 Abafarizayi bumva ko Yezu yunguka abigishwa, kandi ko abatiza abantu benshi kuruta Yohani –

2 nyamara si Yezu wabatizaga ahubwo ni abigishwa be.

3 Nuko rero Yezu ava muri Yudeya asubira muri Galileya.

4 Kugira ngo agereyo yagombaga kwambukiranya intara ya Samariya.

5 Nuko agera mu nkengero z’umujyi wa Sikara muri iyo ntara, hafi y’isambu Yakobo yari yarahaye umuhungu we Yozefu.

6 Aho hari iriba rya Yakobo. Nuko Yezu yicara ku iriba kuko yari yananiwe kubera urugendo. Icyo hari hari nko mu masaa sita.

7 Umunyasamariyakazi aza kuvoma, Yezu aramubwira ati: “Mpa amazi yo kunywa.”

8 Icyo gihe abigishwa be bari bagiye mu mujyi guhaha.

9 Aramusubiza ati: “Ko uri Umuyahudi nkaba ndi Umunyasamariyakazi, ushobora ute kunsaba icyo kunywa?” Yavuze atyo kubera ko Abayahudi badasangira n’Abanyasamariya.

10 Yezu aramusubiza ati: “Iyaba wari uzi ubuntu Imana igira n’ugusabye amazi uwo ari we, wajyaga kumusaba akaguha amazi y’ubugingo!”

11 Umugore aramubaza ati: “None se mutware, ko nta kivomesho ufite iriba rikaba ari rirerire, ayo mazi y’ubugingo wayakura he?

12 Mbese waba uruta sogokuruza Yakobo waduhaye iri riba, akanywa amazi yaryo we n’abana be n’amatungo ye?”

13 Yezu aramusubiza ati: “Unywa kuri aya mazi wese arongera akagira inyota,

14 naho uzanywa ku mazi nzamuha ntazongera kugira inyota ukundi. Ahubwo ayo mazi nzamuha azaba isōko idudubiza muri we, imuhesha ubugingo buhoraho.”

15 Umugore aramubwira ati: “Nyakubahwa, mpa kuri ayo mazi ntazongera kugira inyota ngo ngaruke hano kuvoma!”

16 Yezu aramubwira ati: “Genda uhamagare umugabo wawe maze ugaruke hano.”

17 Umugore aramusubiza ati: “Nta mugabo mfite.”

Yezu ati: “Ushubije neza ko nta mugabo ufite,

18 kuko washatse abagabo batanu kandi n’uwo mubana ubu akaba atari uwawe. Ibyo ubivuze ukuri.”

19 Umugore aramubwira ati: “Nyakubahwa, mbonye ko uri umuhanuzi.

20 Ba sogokuruza basengeraga Imana kuri uriya musozi, naho mwebwe Abayahudi mukemeza ko ari i Yeruzalemu abantu bagomba kuyisengera.”

21 Yezu aramubwira ati: “Mugore, nyemera. Igihe kizagera abantu babe batagisengera Imana Data, haba kuri uriya musozi haba n’i Yeruzalemu.

22 Mwe musenga uwo mutazi, naho twe dusenga uwo tuzi kuko agakiza kava mu Bayahudi.

23 Igihe kigiye kuza ndetse ubu kirageze, maze abasenga by’ukuri bazasenge Data mu kuri bayobowe na Mwuka, kuko abasenga batyo ari bo Data ashaka.

24 Imana ni Mwuka, abayisenga bagomba kuyisenga mu kuri bayobowe na Mwuka.”

25 Umugore aramubwira ati: “Nzi ko Mesiya, uwo bita Kristo agiye kuza. Naza azatubwira byose.”

26 Yezu aramubwira ati: “Ni jye tuvugana.”

27 Uwo mwanya abigishwa be baraza, batangazwa no gusanga aganira n’umugore. Nyamara ntihagira n’umwe umubaza ati: “Uramushakaho iki? Kuki muvugana?”

28 Nuko umugore asiga ikibindi aho ajya mu mujyi, maze abwira abantu ati:

29 “Nimuze murebe umuntu wambwiye ibyo nakoze byose! Aho ntiyaba ari we Kristo?”

30 Basohoka mu mujyi bagana aho ari.

31 Hagati aho abigishwa bari babwiye Yezu bati: “Mwigisha, akira ufungure.”

32 Arabasubiza ati: “Mfite ibyokurya mutazi.”

33 Nuko abigishwa barabazanya bati: “Ese haba hari uwamuzaniye icyo afungura?”

34 Yezu arababwira ati: “Ifunguro ryanjye ni ugukora ibyo Uwantumye ashaka no kurangiza umurimo we.

35 Mbese ntimuvuga ko hasigaye amezi ane, igihe cy’isarura kikaba kigeze? None rero reka mbabwire: nimwubure amaso murebe imirima. Dore imyaka imaze kwera itegereje gusarurwa.

36 Umusaruzi arahembwa imbuto azirundarundire ubugingo buhoraho; bityo umubibyin’umusaruzi barishimira hamwe.

37 Baca umugani w’ukuri ngo: ‘Habiba umwe hagasarura undi.’

38 Nabohereje gusarura ibyo mutaruhiye. Abandi bararushye naho mwe mubonera inyungu mu miruho yabo.”

39 Benshi mu Banyasamariya bo muri uwo mujyi bemera Yezu, bashingiye ku ijambo rya wa mugore wahamyaga ati: “Yambwiye ibyo nakoze byose.”

40 Abanyasamariya ni ko kumusanga baramwinginga ngo agumane na bo, maze ahamara iminsi ibiri.

41 Nuko barushaho kumwemera ari benshi kubera ibyo yababwiye.

42 Babwira uwo mugore bati: “Noneho ntitukimwemejwe n’ibyo watubwiye gusa, ahubwo natwe twamwiyumviye tumenya koko ko ari we Mukiza w’abantu bo ku isi yose.”

Yezu akiza umwana w’umutware

43 Iyo minsi ibiri ishize, Yezu arahava ajya muri Galileya.

44 Yari yarivugiye ko umuhanuzi atubahwa mu gihugu cy’iwabo.

45 Nyamara ageze muri Galileya abaho bamwakira neza, kuko na bo bari baragiye i Yeruzalemu mu minsi mikuru ya Pasika, bakibonera ibyo yakozeyo byose.

46 Nuko Yezu asubira i Kana ho muri Galileya, aho yari yarahinduriye amazi divayi. I Kafarinawumu hari umutware w’ibwamiwari ufite umwana w’umuhungu urwaye.

47 Uwo mutware yumvise ko Yezu yavuye muri Yudeya akagera muri Galileya, aramusanga amusaba kumanuka ngo ajye i Kafarinawumu amukirize umwana wari ugiye gupfa.

48 Yezu aramubwira ati: “Ntimuteze kunyemera mutabonye ibimenyetso n’ibitangaza.”

49 Uwo mutware w’ibwami aramubwira ati: “Databuja, manuka uze iwanjye umwana wanjye atarapfa!”

50 Yezu aramubwira ati: “Genda, umwana wawe arakize.”

Uwo mugabo yizera ijambo Yezu amubwiye aragenda.

51 Akiri mu nzira ataha ahura n’abagaragu be, bamusanganiza inkuru y’uko umwana we yakize.

52 Ababaza igihe yoroherewe maze baramusubiza bati: “Ejo isaa saba ni bwo umuriro yari afite wazimye.”

53 Se w’uwo mwana asanga ko ari cyo gihe Yezu yari yamubwiriyeho ati: “Umwana wawe arakize.” Nuko yemera Yezu we n’abo mu rugo rwe bose.

54 Icyo kiba icya kabiri mu bitangaza Yezu yakoze bimuranga, yagikoze avuye muri Yudeya ageze muri Galileya.

—https://api-cdn.youversionapi.com/audio-bible-youversionapi/126/32k/JHN/4-11f222464882a20a7514453dbd4b8140.mp3?version_id=387—

Categories
Yohani

Yohani 5

Yezu akiriza ikimuga ku kizenga

1 Nyuma y’ibyo haba umunsi mukuru w’Abayahudi, maze Yezu ajya i Yeruzalemu.

2 I Yeruzalemu hafi y’Irembo ry’Intama hari ikizenga mu giheburayi cyitwa Betesida, kizengurutswe n’amabaraza atanu.

3 Muri ayo mabaraza habaga haryamye abarwayi benshi cyane, barimo impumyi n’abacumbagira n’ibirema. [Babaga bategereje ko amazi yibirindura,

4 kuko rimwe na rimwe umumarayika yamanukaga mu kizenga, maze agatuma amazi yibirindura. Amazi akimara kwibirindura, umurwayi wakijyagamo bwa mbere yakiraga indwara iyo ari yo yose.]

5 Aho hari umuntu wari ufite ubumuga amaranye imyaka mirongo itatu n’umunani.

6 Yezu amubonye arambaraye aho, amenye n’igihe amaze ameze atyo aramubaza ati: “Mbese urifuza gukira?”

7 Umurwayi aramusubiza ati: “Nyakubahwa, simfite umuntu wo kunshyira mu kizenga igihe amazi yibirinduye, kuko iyo ngerageje kujyamo undi aba yamaze kuntangamo.”

8 Yezu aramubwira ati: “Byuka ufate akarago kawe maze ugende!”

9 Muri ako kanya uwo murwayi arakira, afata akarago ke maze aragenda.

Ibyo byabaye ku munsi w’isabato.

10 Nuko Abayahudi babwira uwari umaze gukira bati: “Ni ku isabato, ntukwiye gutwara akarago kawe.”

11 Arabasubiza ati: “Uwankijije ni we wambwiye ati: ‘Fata akarago kawe ugende.’ ”

12 Baramubaza bati: “Uwo muntu ni nde wakubwiye ngo ‘Fata akarago kawe ugende?’ ”

13 Ariko uwo mugabo ntiyari azi uwamukijije uwo ari we, kuko Yezu yari yigendeye anyuze mu kivunge cy’abantu bari aho.

14 Hanyuma Yezu aza kumubona mu rugo rw’Ingoro y’Imana, aramubwira ati: “Dore wakize ntuzongere gukora icyaha ukundi, utazabona ishyano riruta irya mbere.”

15 Uwo muntu aragenda amenyesha Abayahudi yuko burya ari Yezu wamukijije.

16 Ni cyo cyatumye Abayahudi batangira gukurikirana Yezu kuko yakoraga bene ibyo ku isabato.

17 Ariko Yezu arababwira ati: “Na n’ubu Data ntahwema gukora kandi nanjye ndakora.”

18 Ku bw’ibyo Abayahudi barushaho gushaka uburyo bamwica, kuko uretse ko yicaga isabato yanavugaga ko Imana ari Se, bityo akaba yireshyeshyeje na yo.

Ubushobozi bw’Umwana w’Imana

19 Yezu ni ko kugira ati: “Ndababwira nkomeje ko Umwana w’Imana nta cyo akora na kimwe acyihangiye, kitari icyo abona Se akora. Icyo Se akora ni na cyo Umwana we akora.

20 Data akunda Umwana we akamwereka ibyo akora byose. Ndetse azamwereka n’ibirenze ibyo ngibyo mubonye akora bibatangaze.

21 Nk’uko Data azura abapfuye agatuma bongera kubaho, ni ko n’Umwana we abeshaho abo ashaka.

22 Data nta we acira urubanza, ahubwo yeguriye Umwana we ububasha bwo guca imanza zose,

23 kugira ngo bose bamwubahe nk’uko bubaha Se. Utubaha Umwana w’Imana aba atubashye na Se wamutumye.

24 “Ndababwira nkomeje ko untega amatwi akizera Uwantumye, aba afite ubugingo buhoraho. Ntazacirwaho iteka, ahubwo aba avuye mu rupfu ageze mu bugingo.

25 Ndababwira nkomeje ko hagiye kuza igihe na ko kirageze, ubwo abapfuye bazumva ijwi ry’Umwana w’Imana kandi abazaryumva bazabaho.

26 Nk’uko Data ari we sōko y’ubugingo, ni na ko yahaye Umwana we kuba isōko y’ubugingo

27 amuha n’ubushobozi bwo guca imanza kuko ari Umwana w’umuntu.

28 Ibyo ntibibatangaze. Erega igihe kigiye kuza ubwo abari mu mva bose bazumva ijwi rye

29 bakavamo! Abazaba barakoze ibyiza bazazuka bahabwe ubugingo, naho abazaba barakoze ibibi bazazuka bacirweho iteka.

Ibihamya Yezu

30 “Nta cyo nshobora gukora ncyihangiye. Nca imanza nkurikije ibyo Data ambwiye. Sinca urwa kibera kuko ntagambirira ibyo nishakiye, ahubwo ngambirira ibyo Uwantumye ashaka.

31 “Ndamutse nitanze ho umugabo, ibyo mpamya ntibyakwemerwa.

32 Nyamara hariho undi uhamya ibyanjye, kandi nzi yuko ibyo ahamya kuri jye ari ukuri.

33 Mwatumye kuri Yohani na we ahamya ibyerekeye ukuri.

34 Ibyo simbivugiye gushaka kwemezwa n’abantu, ahubwo mbivugiye kugira ngo mukizwe.

35 Yohani yari nk’itara ryaka rikabonesha, kandi mwemeye kumara akanya mwishimira umucyo umuturukaho.

36 Mfite ibyemezo biruta ibyo Yohani yahamije, ni ibikorwa Data yampaye kurangiza. Ibyo ndabikora kandi ni byo bihamya ko ari we wantumye.

37 Data wantumye na we ubwe yahamije ibyanjye. Ntimwigeze mwumva ijwi rye habe ngo mumuce n’iryera.

38 Ndetse n’amagambo ye ntababamo ubwo mutemera uwo yatumye.

39 Musesengura Ibyanditswe kuko mutekereza kubibonamo ubugingo buhoraho, kandi ari byo nyine bihamya ibyanjye.

40 Ariko mwanga kunsanga kugira ngo muhabwe ubugingo.

41 “Simparanira gushimwa n’abantu.

42 Ariko mwebwe ndabazi, ntimukunda Imana mubikuye ku mutima.

43 Jye naje ntumwe na Data maze ntimwanyakira, nyamara nihagira undi uza ku giti cye muzamwakira!

44 Mbese mwashobora mute kunyemera ko buri wese anyurwa no gushimwa na mugenzi we, ntimuharanire gushimwa n’Imana yonyine?

45 Ntimutekereze ko ari jyewe uzabarega kuri Data, uzabarega ni Musa uwo musanzwe mwiringiye.

46 Iyaba mwemeraga Musa koko, nanjye mwanyemeye kuko yanditse ibinyerekeyeho.

47 Ariko ubwo mutemera ibyo yanditse, muzemera mute ibyo mbabwira?”

—https://api-cdn.youversionapi.com/audio-bible-youversionapi/126/32k/JHN/5-5a3b4de0a4796172fd5e03d5a1d45a6f.mp3?version_id=387—

Categories
Yohani

Yohani 6

Yezu agaburira abantu barenze ibihumbi bitanu

1 Ibyo birangiye Yezu avayo afata hakurya y’ikiyaga cya Galileya, ari na cyo cyitwa Tiberiya.

2 Imbaga nyamwinshi y’abantu iramukurikira, kuko bari babonye ibitangaza yakoraga akiza abarwayi.

3 Nuko Yezu azamuka umusozi yicaranayo n’abigishwa be.

4 Icyo gihe umunsi mukuru wa Pasika y’Abayahudi wari wegereje.

5 Yezu abonye imbaga nyamwinshi y’abantu baje bamusanga, abaza Filipo ati: “Turagura he ibyokurya kugira ngo tugaburire aba bantu?”

6 Icyatumye abaza Filipo atyo kwari ukugira ngo amwumve, kuko we yari azi icyo ari bukore.

7 Filipo aramusubiza ati: “Nubwo twagura imigati y’igihembo cy’imibyizi magana abiri, ntabwo yaba ihagije ngo byibura buri wese aboneho agace gato.”

8 Umwe mu bigishwa be witwaga Andereya umuvandimwe wa Simoni Petero, aramubwira ati:

9 “Hano hari umuhungu ufite utugati dutanu n’udufi tubiri, ariko se abantu bangana batya byabamarira iki?”

10 Yezu aravuga ati: “Nimwicaze abantu.” Aho hantu hari ibyatsi byinshi. Nuko baricara, abagabo bonyine ari nk’ibihumbi bitanu.

11 Yezu afata iyo migati ashimira Imana, arayitanga maze bayikwiza abari bicaye. Abigenza atyo no ku mafi, maze bararya barahaga.

12 Bamaze guhaga abwira abigishwa be ati: “Nimuteranye utumanyu dusagutse kugira ngo hatagira ibipfa ubusa.”

13 Bateranya utumanyu twasagutse kuri ya migati itanu bamaze kurya, buzuza inkangara cumi n’ebyiri.

14 Abantu babonye icyo gitangaza Yezu yakoze kiranga ibye, baravuga bati: “Ni ukuri uyu ni we wa Muhanuzi ugomba kuza ku isi.”

15 Yezu amenye ko bagiye kuza kumufata ngo bamwimike ku mbaraga, ni ko kubacika yongera kwigira ku musozi ari wenyine.

Yezu agenda ku mazi

16 Bugorobye abigishwa be baramanuka bagera ku kiyaga.

17 Bajya mu bwato Yezu atarabageraho, bagana i Kafarinawumu hakurya y’ikiyaga. Bumaze kwira,

18 umuyaga w’ishuheri uhushye amazi arihinduriza.

19 Bamaze kugashyank’ibirometero bitanu cyangwa bitandatu, babona Yezu agenda ku mazi agana ku bwato maze bagira ubwoba.

20 Arababwira ati: “Mwigira ubwoba ni jye!”

21 Bamushyira mu bwato maze muri ako kanya ubwato buba bugeze imusozi aho bajyaga.

Abantu bashaka Yezu

22 Bukeye ya mbaga y’abantu bari basigaye hakurya y’ikiyaga, basanga Yezu adahari kandi atari yajyanye n’abigishwa be mu bwato bwabo, bo bari bagiye bonyine kandi nta bundi bwato bwari buhari.

23 Ubwo haza andi mato avuye hakurya i Tiberiya, agera hafi y’ahantu baririye ya migati Nyagasani amaze gushimira Imana.

24 Ba bantu bose babonye ko Yezu atagihari ndetse n’abigishwa be, ni ko gufata amato bajya i Kafarinawumu kumushaka.

Yezu ni umugati w’ubugingo

25 Bageze hakurya baramubona baramubaza bati: “Mwigisha, wageze hano ryari?”

26 Yezu arabasubiza ati: “Ndababwira nkomeje ko igitumye munshaka atari uko mwasobanukiwe ibitangaza mwabonye nkora, ahubwo ari uko mwariye imigati mugahaga.

27 Ntimugakorere ibyokurya byangirika, ahubwo mukorere ibyokurya bigumaho kugeza ku bugingo buhoraho, ibyo Umwana w’umuntu azabaha. Ni we Imana Se yahaye icyemezo cy’ubushobozi bwayo bumuranga.”

28 Noneho baramubaza bati: “Twagenza dute kugira ngo dukore imirimo Imana idushakaho?”

29 Yezu arabasubiza ati: “Umurimo Imana ibashakaho ni uko mwemera Uwo yatumye.”

30 Nuko baramubaza bati: “Ariko se wowe watanga kimenyetso ki cyatuma tukwemera? Uratwereka gikorwa ki?

31 Mu butayu ba sogokuruza bariye manu nk’uko Ibyanditswe bivuga ngo ‘Yabagaburiye umugati uturutse mu ijuru.’ ”

32 Yezu arababwira ati: “Ndababwira nkomeje ko burya icyo Musa yabahayeatari wo mugati wo mu ijuru, ahubwo ari Data ubaha umugati nyakuri wo mu ijuru.

33 Umugati w’Imana ni umanutse mu ijuru ugahaabari ku isi ubugingo.”

34 Noneho baramubwira bati: “Nyakubahwa, ujye uduha buri gihe kuri uwo mugati utubwiye!”

35 Yezu arababwira ati: “Ni jye mugati w’ubugingo, unsanga ntabwo asonza kandi unyemera ntazagira inyota ukundi.

36 Nyamara nk’uko nabibabwiye, mwarambonye ariko ntimunyemera.

37 Abo Data ampa bose bazansanga kandi unsanze sinzigera mwirukana.

38 Sinamanuwe mu ijuru no gukora ibyo nishakiye, ahubwo nazanywe no gukora ibyo Uwantumye ashaka.

39 Kandi rero icyo Uwantumye ashaka ni ukugira ngo ntagira n’umwe mbura mu bo yampaye, ahubwo ngo nzabazure bose ku munsi w’imperuka.

40 Icyo Data ashaka ni uko buri wese ubonye Umwana we akamwemera ahabwa ubugingo buhoraho, nanjye nkazamuzura ku munsi w’imperuka.”

41 Abayahudi baritotomba kuko yari avuze ati: “Ni jye mugati wamanutse mu ijuru.”

42 Baravuga bati: “Mbese uyu si Yezu mwene Yozefu? Se na nyina ntitubazi? None se ashobora ate kuvuga ati: ‘Namanutse mu ijuru?’ ”

43 Yezu arababwira ati: “Nimureke kwitotomba.

44 Nta n’umwe ushobora kunsanga atazanywe na Data wantumye, kugira ngo nanjye nzamuzure ku munsi w’imperuka.

45 Byanditswe n’abahanuzi ngo ‘Bose bazigishwa n’Imana.’ Umuntu wese wumva ibyo Data avuga akigishwa na byo, aza aho ndi.

46 Si ukuvuga ko hari uwabonye Data, uretse uwaturutse ku Mana ni we wabonye Data.

47 Ndababwira nkomeje ko unyizera afite ubugingo buhoraho.

48 Ni jye mugati w’ubugingo.

49 Ba sokuruza baririye manu mu butayu bararenga barapfa.

50 Ariko hari umugati wamanutse mu ijuru kugira ngo uwuryaho wese ye kuzapfa.

51 Ni jye mugati w’ubugingo wamanutse mu ijuru, nihagira uwuryaho azabaho iteka ryose. Kandi uwo mugati ni umubiri wanjye nzatanga kugira ngo abantu bo ku isi babone ubugingo.”

52 Nuko Abayahudi bajya impaka barakaye bati: “Uyu muntu abasha ate kuduha umubiri we ngo tuwurye?”

53 Yezu arababwira ati: “Ndababwira nkomeje ko mutariye umubiri w’Umwana w’umuntu ntimunywe n’amaraso ye, nta bugingo mwaba mufite.

54 Urya umubiri wanjye wese akanywa n’amaraso yanjye, aba afite ubugingo buhoraho, nanjye nzamuzura ku munsi w’imperuka.

55 Umubiri wanjye ni ibyokurya nyabyo, n’amaraso yanjye ni ibyokunywa nyabyo.

56 Urya umubiri wanjye kandi akanywa amaraso yanjye, aguma muri jye nanjye nkaguma muri we.

57 Nk’uko Data wantumye afite ubugingo, ni ko nanjye mbufite kubera we, ni na ko kandi undya wese azabugira kubera jye.

58 Uyu rero ni wo mugati wamanutse mu ijuru, si nk’uwo ba sokuruza bariye bakarenga bagapfa, urya uyu mugati we azabaho iteka.”

59 Ibyo Yezu yabivuze igihe yigishirizaga mu rusengero rw’i Kafarinawumu.

Amagambo y’ubugingo buhoraho

60 Benshi mu bigishwa be babyumvise baravuga bati: “Ayo magambo arakomeye, ni nde washobora kuyemera?”

61 Yezu amenye ko abigishwa be bitotomba arababaza ati: “Mbese ayo magambo arabahungabanyije?

62 Noneho se byamera bite mubonye Umwana w’umuntu azamutse ajya aho yahoze mbere?

63 Mwuka ni we utanga ubugingo, umuntu buntu nta cyo amara. Amagambo nababwiye ni yo abazanira Mwuka n’ubugingo.

64 Nyamara muri mwe hariho abatanyemera.” Kuva mbere hose Yezu yari azi abatamwemera, kimwe n’uwari ugiye kuzamugambanira.

65 Nuko aravuga ati: “Ngicyo icyatumye mbabwira ko ntawe ushobora kunsanga atabihawe na Data.”

66 Ku bw’ibyo benshi mu bigishwa be bavanamo akabo karenge, ntibongera kugendana na we ukundi.

67 Nuko Yezu abaza ba bigishwa be cumi na babiri ati: “Ese namwe murashaka kwigendera?”

68 Simoni Petero aramusubiza ati: “Nyagasani, twasanga nde ko ari wowe ufite amagambo y’ubugingo buhoraho?

69 Kandi twemeye ko ari wowe Muziranenge wavuye ku Mana, turabizi rwose.”

70 Yezu arabasubiza ati: “Mbese si jye wabatoranyije uko muri cumi na babiri? Nyamara umwe muri mwe ni intumwa ya Satani.”

71 Ubwo yavugaga Yuda Isikariyoti mwene Simoni wari ugiye kuzamugambanira, nubwo yari umwe muri ba bandi cumi na babiri.

—https://api-cdn.youversionapi.com/audio-bible-youversionapi/126/32k/JHN/6-1efc68f54322c6c5cde374a2c9badeb8.mp3?version_id=387—