Categories
Mariko

Mariko 7

Yezu ahinyura inyigisho z’Abafarizayi

1 Abafarizayi na bamwe mu bigishamategeko baturutse i Yeruzalemu bakikiza Yezu.

2 Babona bamwe mu bigishwa be barisha intoki zanduye, ni ukuvuga badakarabye.

3 Koko kandi Abafarizayi kimwe n’abandi Bayahudi bose, ntabwo barya batabanje gukaraba intoki babyitondeye, bakurikiza umuco wa ba sekuruza.

4 N’iyo bavuye mu isoko, ntabwo barya batabanje kwitera amazi. Bafite n’indi mihango baziririza basigiwe na ba sekuruza, nk’iyo koza ibikombe n’ibibindi n’inzabya z’umuringa [n’ibitanda] babihumanura.

5 Noneho Abafarizayi n’abigishamategeko babaza Yezu bati: “Kuki abigishwa bawe batubahiriza umuhango wa ba sogokuruza, bakarya badakarabye?”

6 Yezu arabasubiza ati: “Mwa ndyarya mwe, Ezayi yabahanuye uko muri nk’uko Ibyanditswe bivuga ngo:

‘Aba bantu bampoza ku rurimi,

ariko imitima yabo imba kure.

7 Barushywa n’ubusa bansenga,

kuko inyigisho bigisha ari amategeko y’abantu gusa.’ ”

8 Yezu arakomeza ati: “Amategeko y’Imana muyarengaho, mukihambira ku mihango y’abantu.

9 Mwihatira kwirengagiza ibyo Imana yategetse, kugira ngo mukurikize imihango yanyu.

10 Musa yaravuze ati: ‘Ujye wubaha so na nyoko’, kandi ati: ‘Uzatuka se cyangwa nyina azicwe.’

11 Naho mwebwe muvuga ko umuntu ashobora kubwira se cyangwa nyina ati: ‘Icyo najyaga kugufashisha ni “Korubani” (ni ukuvuga ituro ryagenewe Imana)’.

12 Bityo mukaba mutakimukundiye kugifashisha se cyangwa nyina,

13 mukaba muhinduye ubusa Amategeko y’Imana kubera imihango yababayemo akarande. Hariho kandi n’ibindi byinshi bene nk’ibyo mukora.”

Ibihumanya umuntu

14 Nuko Yezu yongera guhamagara rubanda arababwira ati: “Nimuntege amatwi mwese kandi musobanukirwe ibi:

15 nta cyinjira mu muntu kivuye inyuma cyamuhumanya. Ahubwo ikiva mu muntu ni cyo kimuhumanya. [

16 Ufite amatwi yumva ngaho niyumve!]”

17 Yezu amaze gutandukana na rubanda asubira imuhira, abigishwa be bamusobanuza iby’ayo marenga.

18 Arababwira ati: “Mbese namwe muri abaswa bigeze aho? Ese ntimuramenya ko nta cyinjira mu muntu kivuye hanze kimuhumanya?

19 Si mu mutima kiba kigiye ahubwo kiba kigiye mu nda, nyuma kikamuvamo kinyuze epfo.” Bityo Yezu yemezaga ko nta byokurya bihumanya.

20 Arongera aravuga ati: “Ikiva mu muntu ni cyo kimuhumanya,

21-22 kuko mu mitima y’abantu ari ho hava imigambi mibi: ubusambanyi n’ubujura n’ubwicanyi, n’irari n’ubugome n’uburiganya, no kwiyandarika n’ishyari, no gutukana n’ubwirasi n’ubugoryi.

23 Ibyo bibi byose biva mu muntu imbere ni byo bimuhumanya.”

Umugore utari Umuyahudi asanga Yezu

24 Nuko Yezu arahaguruka ajya mu karere gahereranye n’umujyi wa Tiri, yinjira mu nzu. Ntiyashakaga ko hagira ubimenya, ariko ntiyashobora kwihisha.

25 Umugore wari ufite akana k’agakobwa kahanzweho n’ingabo ya Satani, yumvise ibya Yezu ahita aza amwikubita imbere.

26 Uwo mugore yari umunyamahangakazi w’i Fenisiya ho muri Siriya. Nuko asaba Yezu kumenesha iyo ngabo ya Satani yari mu mukobwa we.

27 Yezu aramusubiza ati: “Reka abana babanze bahage, kuko atari byiza gufata ibyokurya byabo ngo ubijugunyire imbwa.”

28 Umugore aramusubiza ati: “Ni koko Nyagasani, ariko kandi n’imbwa zibunze munsi y’ameza zirya utwo abana bataye hasi.”

29 Yezu aramubwira ati: “Kuko uvuze utyo igendere, ingabo ya Satani ivuye mu mukobwa wawe.”

30 Asubiye imuhira asanga wa mwana aryamye ku buriri, ingabo ya Satani yamuvuyemo.

Yezu akiza igipfamatwi k’ikiragi

31 Yezu avuye mu karere k’i Tiri, anyura i Sidoni agera ku Kiyaga cya Galileya, aca hagati y’intara ya Dekapoli.

32 Nuko bamuzanira umuntu w’igipfamatwi cy’ikiragi, baramwinginga ngo amurambikeho ikiganza.

33 Yezu amuvana mu ruhame rw’abantu amushyira ukwe, amukoza intoki mu matwi. Nuko acira amacandwe ayamukoza ku rurimi.

34 Hanyuma yubura amaso areba ku ijuru, asuhuza umutima ababaye. Aramubwira ati: “Efata!” ni ukuvuga ngo “Zibuka!”

35 Ako kanya amatwi ye arazibuka, ururimi rwe ruragobodoka atangira kuvuga neza.

36 Yezu arabihanangiriza ngo ntibagire uwo babibwira. Ariko uko yababuzaga kubivuga, ni ko barushagaho kubyamamaza.

37 Abantu baratangara bikomeye baravugana bati: “Ibintu byose yabikoze neza! Yatumye ibipfamatwi byumva, n’ibiragi bivuga!”

—https://api-cdn.youversionapi.com/audio-bible-youversionapi/126/32k/MRK/7-268c1e9a10cfe2916fb49cf0e96ae9d3.mp3?version_id=387—

Categories
Mariko

Mariko 8

Yezu agaburira abantu ibihumbi bine

1 Muri iyo minsi abantu benshi bongera guterana ariko nta mpamba bafite. Nuko Yezu ahamagara abigishwa be arababwira ati:

2 “Aba bantu barambabaje, dore uyu munsi ni uwa gatatu turi kumwe kandi ntibagifite icyo bafungura.

3 Nimbasezerera badafunguye inzara irabatsinda ku nzira, kuko bamwe muri bo baturutse kure.”

4 Abigishwa be baramubaza bati: “Twakura he ibyahaza aba bantu, ko aha hantu hadatuwe?”

5 Yezu arababaza ati: “Mufite imigati ingahe?”

Bati: “Dufite irindwi.”

6 Nuko ategeka abantu kwicara hasi maze afata iyo migati uko ari irindwi, ashimira Imana, arayimanyura, ayiha abigishwa be ngo bayikwize abantu, barayitanga.

7 Bari bafite n’udufi duke, na two adushimira Imana, ategeka ko badukwiza abantu.

8 Bararya barahaga, bateranya ibisagutse byuzura ibitebo birindwi.

9 Abariye bari ibihumbi bine. Nuko Yezu arabasezerera,

10 aherako ajya mu bwato hamwe n’abigishwa be, bagera mu karere ka Dalimanuta.

Abafarizayi basaba ikimenyetso

11 Abafarizayi baraza batangira kugisha Yezu impaka. Bamusaba ikimenyetso cyo kubemeza ko yatumwe n’Imana, ariko ari umutego bamutega.

12 Maze asuhuza umutima ababaye aravuga ati: “Abantu b’iki gihe bashakira iki ikimenyetso? Ndababwira nkomeje ko nta kimenyetso bazahabwa.”

13 Nuko abasiga aho yurira ubwato asubira hakurya.

Umusemburo w’Abafarizayi n’uwa Herodi

14 Abigishwa ba Yezu bari bibagiwe kujyana imigati, bari bafite umwe gusa mu bwato.

15 Yezu arabihanangiriza ati: “Muramenye mujye mwirinda umusemburo w’Abafarizayi n’umusemburo wa Herodi!”

16 Bo rero baravugana bati: “Ubanza ari uko tudafite imigati!”

17 Yezu amenye ibyo bavugana arababaza ati: “Ni iki gituma mujya impaka ngo nta migati mufite? Mbese n’ubu nta cyo muriyumvisha? Ese ntimurasobanukirwa? Mbese imitima yanyu iracyahumye?

18 Ese mugira amaso ntimubone, mukagira amatwi ntimwumve? Mbese ntabwo mwibuka

19 igihe namanyuraga imigati itanu, tukayikwiza ba bagabo ibihumbi bitanu? Ese ibyasagutse mwabiteranyirije mu nkangara zingahe?”

Baramusubiza bati: “Zari cumi n’ebyiri.”

20 Arababaza ati: “Naho se igihe namanyuraga n’imigati irindwi tukayikwiza abantu ibihumbi bine, ibyasagutse mwabiteranyirije mu bitebo bingahe?”

Baramusubiza bati: “Byari birindwi.”

21 Arababwira ati: “None se ntimurasobanukirwa?”

Yezu ahumura impumyi i Betsayida

22 Bageze i Betsayida abantu bazanira Yezu umugabo w’impumyi, baramwinginga ngo amukoreho.

23 Yezu amufata ukuboko amujyana ahitaruye ingo, amusīga amacandwe ku maso, amurambikaho ibiganza, aramubaza ati: “Hari icyo ubona?”

24 Uwo muntu arakanura ati: “Ndabona abantu bagenda, ariko wagira ngo ni ibiti.”

25 Yezu yongera kumurambika ibiganza ku maso. Noneho arambura amaso cyane arahumuka, abona ibintu byose uko biri.

26 Nuko Yezu aramubwira ati: “Itahire ntusubire muri ziriya ngo.”

Petero yemeza ko Yezu ari we Kristo

27 Nyuma Yezu ajyana n’abigishwa be mu mirenge yo hafi y’i Kayizariya ya Filipo. Bakiri mu nzira abaza abigishwa be ati: “Abantu bavuga ko ndi nde?”

28 Baramusubiza bati: “Bamwe bavuga ko uri Yohani Mubatiza, abandi ngo uri Eliya, naho abandi ngo uri umwe mu bahanuzi.”

29 Nuko Yezu arababaza ati: “Mwebwe se muvuga ko ndi nde?”

Petero aramusubiza ati: “Uri Kristo.”

30 Yezu arabihanangiriza ngo be kugira uwo bahingukiriza ibye.

Yezu avuga ko azapfa akazuka

31 Yezu atangira kwigisha abigishwa be ko ari ngombwa ko Umwana w’umuntu ababazwa cyane, akangwa n’abakuru b’imiryango n’abakuru bo mu batambyi n’abigishamategeko, bakamwica maze iminsi itatu yashira akazuka.

32 Ayo magambo Yezu yayavugaga yeruye. Nuko Petero aramwihererana, atangira kumuhana.

33 Yezu arahindukira areba abigishwa be, maze acyaha Petero ati: “Mva iruhande Satani, kuko ibitekerezo byawe bitavuye ku Mana, ahubwo ari iby’abantu.”

34 Noneho Yezu ahamagara rubanda n’abigishwa be, arababwira ati: “Ushaka kunyoboka wese nareke kwiyitaho, ahubwo atware umusarabawe ankurikire.

35 Ushaka gukiza ubuzima bwe azabubura, naho uhara ubuzima bwe ari jye ahōrwa kandi ahōrwa Ubutumwa bwiza, azaba abukijije.

36 Mbese umuntu byamumarira iki kwigarurira isi yose, ariko akaba yivukije ubugingo bwe?

37 Cyangwa se ubugingo bw’umuntu yabugurana iki?

38 Umuntu wese ugira isoni zo kunyemera no kwemera inyigisho zanjye imbere y’abantu b’iki gihe b’abasambanyi n’abagizi ba nabi, Umwana w’umuntu na we azagira isoni zo kumwemera igihe azaba aje afite ikuzo rya Se, ashagawe n’abamarayika baziranenge.”

—https://api-cdn.youversionapi.com/audio-bible-youversionapi/126/32k/MRK/8-ba1bb2b33c21141b67b1885a20a9b09b.mp3?version_id=387—

Categories
Mariko

Mariko 9

1 Arongera arababwira ati: “Ndababwira nkomeje ko bamwe mu bari aha, batazapfa batabonye ubwami bw’Imana buje bufite ububasha.”

Abigishwa babona ikuzo rya Yezu

2 Iminsi itandatu ishize Yezu ajyana Petero na Yakobo na Yohani, bihererana mu mpinga y’umusozi muremure. Nuko ahinduka bamureba,

3 imyambaro ye irererana ku buryo nta mumeshi wo ku isi wayeza atyo.

4 Bagiye kubona babona Eliya na Musa baganira na Yezu.

5 Petero abwira Yezu ati: “Mwigisha, ko ari nta ko bisa kwibera hano! Reka twubake utuzu dutatu tw’ingando, kamwe kabe akawe, akandi aka Musa, naho akandi kabe aka Eliya.”

6 Ubwo kwari ukubura icyo avuga kubera ubwoba bwinshi bagize.

7 Nuko igicu kirabatwikīra, bumva ijwi ry’uvugira muri icyo gicu ati: “Uyu ni Umwana wanjye nkunda cyane, nimumutege amatwi!”

8 Bigeze aho abigishwa bakebuka hirya no hino, basanga nta n’umwe ukiri kumwe na bo, uretse Yezu wenyine.

9 Bakimanuka umusozi arabihanangiriza ati: “Ntimugire uwo mubwira ibyo mwabonye, kugeza igihe Umwana w’umuntu azaba amaze kuzuka.”

10 Iryo jambo bakomeza kurizirikana, babazanya icyo kuzuka bishaka kuvuga.

11 Nuko babaza Yezu bati: “Kuki abigishamategeko bavuga ko Eliya agomba kubanza kuza?”

12 Arabasubiza ati: “Ni koko Eliya agomba kubanza kuza, kugira ngo atunganye byose. None ni iki gituma Ibyanditswe bihamya ko Umwana w’umuntu agomba kubabazwa cyane, agasuzugurwa n’abantu?

13 Reka mbabwire: koko Eliya yaraje kandi abantu bamugiriye uko bishakiye nk’uko Ibyanditswe bivuga.”

Yezu akiza umuhungu wahanzweho

14 Bageze aho abigishwa bari bahasanga imbaga nyamwinshi ibakikije, n’abigishamategeko bajya impaka na bo.

15 Abantu bamubonye bose birabatangaza cyane, biruka bajya kumuramutsa.

16 Arababaza ati: “Nsanze mujya impaka na bariya ku byerekeye iki?”

17 Umwe mu bari aho aramubwira ati: “Mwigisha, nari nakuzaniye umuhungu wanjye, kuko yahanzweho n’ingabo ya Satani itera uburagi.

18 Aho imufatiye hose imutura hasi, umwana akazana ifuro, agahekenya amenyo akagagara. Nasabye abigishwa bawe kuyimenesha ntibabishobora.”

19 Yezu arababwira ati: “Yemwe bantu b’iki gihe mutizera Imana, nzabana namwe ngeze ryari? Nzabihanganira ngeze ryari? Ngaho nimumunzanire!”

20 Baramuzana. Umwana akirabukwa Yezu, iyo ngabo ya Satani iramutigisa maze aragwa, yigaragura hasi azana ifuro.

21 Yezu abaza se w’uwo mwana ati: “Ibi abimaranye igihe kingana iki?”

Undi ati: “Byamufashe akiri muto.

22 Ni kenshi ingabo ya Satani yamutuye mu muriro no mu mazi, igira ngo imwice. None niba hari icyo wabasha gukora, nyamuneka utugirire impuhwe udutabare!”

23 Yezu ati: “Ugize ngo iki? Uvuze ngo niba hari icyo nabasha gukora…! Erega byose bishobokera uwizera Imana!”

24 Ako kanya se w’umwana avuga cyane ati: “Ndizeye! Ngoboka unkize kutizera!”

25 Yezu abonye abantu benshi bahuruye, acyaha iyo ngabo ya Satani arayibwira ati: “Ngabo ya Satani utera kutavuga no kutumva, ndagutegetse va muri uyu mwana kandi ntuzamugarukemo ukundi!”

26 Nuko imaze kuvuza induru no kumutigisa bikabije imuvamo. Umwana asigara ameze nk’uwapfuye, bituma benshi bavuga bati: “Yanogotse.”

27 Ariko Yezu amufata ukuboko aramubyutsa, arahagarara.

28 Yezu ageze imuhira abigishwa be bamubaza biherereye bati: “Kuki twe tutabashije kuyimenesha?”

29 Arabasubiza ati: “Bene iyo ngabo ntimeneshwa n’ikindi kitari ugusenga.”

Yezu yongera kuvuga ko azapfa akazuka

30 Bava aho ngaho banyura muri Galileya, ariko Yezu ntiyashakaga ko hagira ubimenya,

31 kuko yigishaga abigishwa be agira ati: “Umwana w’umuntu azagabizwa abantu bamwice, maze iminsi itatu nishira azuke.”

32 Abigishwa be ntibasobanukirwa iryo jambo, kandi ntibatinyuka kumusobanuza.

Impaka z’abigishwa ba Yezu

33 Baza i Kafarinawumu. Bageze imuhira Yezu arababaza ati: “Igihe mwari mu nzira mwajyaga impaka zerekeye iki?”

34 Baricecekera kuko mu nzira bahoze biburanya, bibaza umukuru muri bo.

35 Nuko Yezu aricara arembuza ba bandi cumi na babiri, arababwira ati: “Nihagira ushaka kuba uw’imbere muri mwe, abanze yigire uw’inyuma abe n’umugaragu wa bose.”

36 Ni ko kuzana umwana amushyira hagati yabo, aramuhobera arababwira ati:

37 “Umuntu wese wakīra umwe muri aba bana kubera jye ni jye aba yakiriye, kandi unyakiriye si jye aba yakiriye, ahubwo aba yakiriye Uwantumye.”

“Utaturwanya aba ari uwacu”

38 Nuko Yohani abwira Yezu ati: “Mwigisha, twabonye umuntu umenesha ingabo za Satani mu izina ryawe, turamubuza kuko atari uwo muri twe.”

39 Yezu aramusubiza ati: “Ntimukamubuze, kuko nta wakora igitangaza mu izina ryanjye kandi ngo ahite amvuga nabi.

40 Burya utaturwanya aba ari uwacu.

41 Umuntu wese uzaza mu izina ryanjye, akabaha nibura igikombe cy’amazi yo kunywa ayabahereye ko muri abanjye, ndababwira nkomeje ko atazabura kugororerwa.

Ububi bw’icyaha

42 “Nihagira ugusha mu cyaha umwe muri aba bato banyemera, icyaruta kuri we ni uko bamuhambira urusyo ku ijosi, bakamuroha mu kiyaga.

43 Niba ikiganza cyawe cyakugusha mu cyaha ugice. Icyaruta ni uko wakwinjira ahari ubugingo buhoraho ufite ikiganza kimwe, aho kujya mu nyenga y’umuriro utazima ufite ibiganza byombi. [

44 Aho hantu, inyo z’abapfu ntizishiraho kandi umuriro ubatwika ntuzima.]

45 Niba ikirenge cyawe cyakugusha mu cyaha ugice. Icyaruta ni uko wakwinjira ahari ubugingo buhoraho ufite ikirenge kimwe, aho kurohwa muri ya nyenga ufite ibirenge byombi. [

46 Aho hantu, inyo z’abapfu ntizishiraho kandi umuriro ubatwika ntuzima.]

47 Niba ijisho ryawe ryakugusha mu cyaha urinogore. Icyaruta ni uko wakwinjira mu bwami bw’Imana ufite ijisho rimwe, aho kurohwa mu nyenga y’umuriro ufite amaso yombi.

48 Aho hantu, inyo z’abapfu ntizishiraho kandi umuriro ubatwika ntuzima.

49 Koko buri muntu, umunyu azawusābishwamo n’umuriro.

50 Umunyu ni ingirakamaro, ariko se iyo wakayutse mwakongera kuwuryoshya mute? Nuko mugire umunyu muri mwe kandi mubane mu mahoro!”

—https://api-cdn.youversionapi.com/audio-bible-youversionapi/126/32k/MRK/9-25647d63da22a68c25063a8d3ca05104.mp3?version_id=387—

Categories
Mariko

Mariko 10

Gutandukana kw’abashakanye

1 Hanyuma Yezu ava aho ngaho ajya mu ntara ya Yudeya, n’iburasirazuba bw’uruzi rwa Yorodani. Imbaga y’abantu yongera gukoranira aho ari, asubira kubigisha nk’uko yabimenyereye.

2 Abafarizayi bazanwa no kumutegera mu byo avuga. Baramubaza bati: “Mbese biremewe ko umugabo yirukana umugore we?”

3 Na we arababaza ati: “Musa yabategetse iki?”

4 Baramusubiza bati: “Musa yahaye umugabo uruhushya rwo kwirukana umugore we, amaze kumuha urwandiko rwemeza ko amusenze.”

5 Yezu arababwira ati: “Icyatumye Musa abandikira iryo tegeko ni uko imitima yanyu inangiye.

6 Ariko mbere na mbere, igihe Imana yaremaga yaremye abantu, umugabo n’umugore.

7 ‘Ni cyo gituma umugabo azasiga se na nyina akabana n’umugore we akaramata,

8 bombi bakaba umuntu umwe’, ku buryo baba batakiri babiri ahubwo baba babaye umuntu umwe.

9 Nuko rero ntihakagire umuntu utandukanya abo Imana yafatanyije.”

10 Bageze imuhira abigishwa bongera kumusobanuza ibyo yavuze.

11 Arababwira ati: “Umugabo wese wirukana umugore we maze akazana undi, aba asambanye kandi akaba ahemukiye umugore we wa mbere.

12 N’umugore wahukana n’umugabo we agashaka undi mugabo, aba asambanye.”

Yezu yakira abana bato

13 Abantu bazanira Yezu abana bato ngo abakoreho, maze abigishwa be barabacyaha.

14 Yezu abibonye biramurakaza, arababwira ati: “Nimureke abana bato bansange, mwibabuza kuko ubwami bw’Imana ari ubw’abameze nka bo.

15 Ndababwira nkomeje ko utākira ubwami bw’Imana nk’uko umwana muto abwākira, atazabwinjiramo bibaho.”

16 Nuko ahobera abo bana, abarambikaho ibiganza abaha umugisha.

Umuntu w’umukungu asanga Yezu

17 Yezu agihaguruka aho umuntu aza yiruka, amupfukama imbere aramubaza ati: “Mwigisha mwiza, nakora iki kugira ngo mpabwe ubugingo buhoraho?”

18 Yezu aramusubiza ati: “Unyitiye iki mwiza? Nta mwiza n’umwe ubaho uretse Imana yonyine.

19 Uzi Amategeko ngo ntukice, ntugasambane, ntukibe, ntukabeshyere abandi, ntugahuguze, ujye wubaha so na nyoko.”

20 Undi ati: “Mwigisha, ayo yose narayakurikije kuva mu buto bwanjye.”

21 Nuko Yezu amwitegereje aramukunda. Ni ko kumubwira ati: “Icyakora ushigaje kimwe, genda ugurishe ibyo utunze byose ibivuyemo ubihe abakene, ni bwo uzaba ufite ubutunzi mu ijuru, maze uze unkurikire.”

22 Uwo muntu yumvise iryo jambo arasuherwa, agenda ashavuye kuko yari afite ibintu byinshi.

23 Yezu areba abigishwa be arababwira ati: “Mbega ukuntu biruhije abakungu kwinjira mu bwami bw’Imana!”

24 Abigishwa be bumvise ibyo baratangara. Nuko Yezu yungamo ati: “Bana banjye, mbega ukuntu biruhanyijekwinjira mu bwami bw’Imana!

25 Icyoroshye ni uko ingamiya yanyura mu mwenge w’urushinge, kuruta ko umukungu yakwinjira mu bwami bw’Imana.”

26 Abigishwa be barushaho gutangara, barabazanya bati: “Noneho se ni nde ubasha kurokoka?”

27 Yezu arabitegereza arababwira ati: “Koko ku bantu ni ibidashoboka, ariko ku Mana si ko biri kuko yo byose biyishobokera.”

28 Nuko Petero aramubwira ati: “Twebwe twasize byose turagukurikira.”

29 Yezu ati: “Ndababwira nkomeje ko umuntu wese wasize urugo cyangwa abavandimwe, cyangwa nyina cyangwa se, cyangwa abana cyangwa amasambu kubera jye n’Ubutumwa bwiza,

30 muri iki gihe uwo muntu azahabwa ibiruta ibyo incuro ijana. Azahabwa ingo n’abavandimwe na ba nyina n’abana n’amasambu, icyakora azanatotezwa, no mu gihe kizaza azahabwa ubugingo buhoraho.

31 Ikindi kandi hari benshi mu b’imbere bazaba ab’inyuma, na benshi mu b’inyuma babe ab’imbere.”

Yezu avuga ubwa gatatu ko azapfa akazuka

32 Ubwo bari mu nzira bagana i Yeruzalemu, Yezu ajya imbere y’abigishwa be. Bari bahagaritse umutima cyane, abandi babakurikiye na bo bari bafite ubwoba. Yezu yongera kwihererana n’abigishwa be cumi na babiri, atangira kubabwira ibigiye kumubaho ati:

33 “Dore tugiye i Yeruzalemu, Umwana w’umuntu azashyikirizwa abakuru bo mu batambyi n’abigishamategeko, bamucire urubanza rwo gupfa. Bazamugabiza abanyamahanga

34 bamushinyagurire, bamuvundereze amacandwe, bamukubite ibiboko bamwice, maze iminsi itatu nishira azuke.”

Yakobo na Yohani bisabira ubutoni

35 Hanyuma Yakobo na Yohani bene Zebedeyi baramwegera, baramubwira bati: “Mwigisha, turashaka ko wadukorera icyo tugusaba.”

36 Arababaza ati: “Murashaka ko mbakorera iki?”

37 Baramusubiza bati: “Uduhe kuzicarana nawe ku ntebe za cyami, umwe iburyo undi ibumoso, igihe uzaba wimye ingoma ufite ikuzo.”

38 Yezu arababwira ati: “Ntabwo muzi icyo musaba. Mbese mwashobora kunywera ku gikombe cy’umubabarongomba kunywa? Ese mwashobora kubatizwa mu mubabarokimwe nanjye?”

39 Baramusubiza bati: “Twabishobora.”

Nuko Yezu arababwira ati: “Ni koko igikombe cyanjye muzakinyweraho, n’ukuntu nzabatizwa ni ko muzabatizwa,

40 naho gutanga ibyicaro iburyo cyangwa ibumoso bwanjye, si jye ubigaba ahubwo bifite ababigenewe.”

41 Bagenzi babo uko ari icumi babyumvise, batangira kurakarira Yakobo na Yohani.

42 Yezu arabarembuza arababwira ati: “Muzi ko abahawe gutegeka amahanga bayatwaza igitugu, kandi n’abakomeye bo muri yo bakayabuza epfo na ruguru.

43 Ariko muri mwe ntibikagende bityo. Ahubwo ushaka kuba mukuru muri mwe agomba kujya abakorera,

44 kandi ushaka kuba uw’imbere muri mwe agomba kuba umugaragu wa bose.

45 Umwana w’umuntu na we ntiyazanywe no gukorerwa, ahubwo yazanywe no gukorera abandi no kubapfira kugira ngo abe incungu ya benshi.”

Yezu ahumūra Barutimeyo

46 Hanyuma bagera i Yeriko. Nuko Yezu n’abigishwa be bahavana n’imbaga y’abantu benshi. Basanga umuntu w’impumyi witwaga Barutimeyo mwene Timeyo, yicaye iruhande rw’inzira asabiriza.

47 Yumvise ko Yezu w’i Nazareti aje, arangurura ijwi ati: “Yezu Mwene Dawidi, ngirira impuhwe!”

48 Benshi baramucyaha ngo aceceke!

Ariko we arushaho kurangurura ati: “Mwene Dawidi, ngirira impuhwe!”

49 Nuko Yezu arahagarara aravuga ati: “Nimumuhamagare.”

Bahamagara iyo mpumyi barayibwira bati: “Haguruka vuba araguhamagaye!”

50 Ijugunya umwitero wayo, irabaduka isanga Yezu.

51 Yezu abaza uwo muntu ati: “Urashaka ko ngukorera iki?”

Aramusubiza ati: “Mwigisha, mpumūra!”

52 Yezu ati: “Igendere, ukwizera kwawe kuragukijije.”

Uwo mwanya arahumuka maze akurikira Yezu.

—https://api-cdn.youversionapi.com/audio-bible-youversionapi/126/32k/MRK/10-c81a42d316acebd1f9fa2d7ee00d7397.mp3?version_id=387—

Categories
Mariko

Mariko 11

Yezu agera i Yeruzalemu

1 Begereye i Betifage n’i Betaniya, ku Musozi w’Iminzenze uteganye na Yeruzalemu, Yezu atuma babiri mu bigishwa be

2 ati: “Mujye muri ziriya ngo, nimuhagera murahita mubona icyana cy’indogobe kiziritse kitigeze giheka umuntu, mukiziture mukinzanire.

3 Nihagira ubabaza ati: ‘Murakora ibiki?’, mumubwire muti: ‘Ni Databuja ugikeneye kandi arakigarura vuba.’ ”

4 Baragenda koko basanga icyana cy’indogobe kiziritse ku irembo, hafi y’inzira nyabagendwa barakizitura.

5 Bamwe mu bari bahari barababaza bati: “Murakora ibiki? Iyo ndogobe murayiziturira iki?”

6 Abigishwa babasubiza uko Yezu yari yababwiye. Nuko barabihorera.

7 Icyana cy’indogobe bakizanira Yezu, bagisasaho imyitero yabo maze Yezu acyicaraho.

8 Abantu benshi barambura imyitero yabo mu nzira, abandi baharambika amashami y’ibiti baciye mu mirima.

9 Abari imbere ye n’abari inyuma barangurura amajwi bati: “Hozana! Hasingizwe uje mu izina rya Nyagasani!

10 Hasingizwe ingoma y’umubyeyi wacu Dawidi igiye kuza! Mu ijuru nibasingize Imana bati: ‘Hozana!’ ”

11 Nuko Yezu ageze i Yeruzalemu, yinjira mu rugo rw’Ingoro y’Imana. Amaze kuzenguruka no kureba ibintu byose kandi abonye ko bugorobye, arasohoka ajyana na ba bandi cumi na babiri bajya i Betaniya.

Yezu avuma igiti cy’umutini

12 Bukeye bwaho bavuye i Betaniya, Yezu arasonza.

13 Akiri kure arabukwa igiti cy’umutini gitoshye. Aracyegera ngo arebe ko hari imbuto yakibonaho, asanga ari amababi masa kuko kitari igihe cyacyo cyo kwera.

14 Arakibwira ati: “Ntihakagire umuntu urya imbuto zawe ukundi!”

Abigishwa be bumva abivuga.

Yezu yirukana abacururizaga mu Ngoro y’Imana

15 Baragenda bagera i Yeruzalemu. Yezu yinjira mu rugo rw’Ingoro y’Imana, atangira kwirukanamo abacuruzaga n’abaguraga ahasanze. Ahirika ameza y’abavunjagaamafaranga n’intebe z’abacuruzaga inuma,

16 kandi abuza abikoreraga ibintu kunyura mu rugo rw’Ingoro.

17 Nuko arabigisha ati: “Mbese Ibyanditswe ntibivuga ngo: ‘Inzu yanjye izitwa Inzu isengerwamo n’amahanga yose’? Ariko mwe mwayigize indiri y’abajura.”

18 Abakuru bo mu batambyi n’abigishamategeko babyumvise bashaka uburyo bwo kumwica, kuko bamutinyiraga ko rubanda batangazwaga n’inyigisho ze.

19 Bumaze kwira Yezu n’abigishwa be bava mu murwa.

Yezu yigisha ahereye ku mutini yavumye

20 Kare mu gitondo banyura hafi ya cya giti cy’umutini, basanga cyaraye cyumye cyose guhera mu mizi.

21 Petero yibuka ibyabaye, ni ko kubwira Yezu ati: “Mwigisha, dore wa mutini wavumaga warumye!”

22 Nuko Yezu arababwira ati: “Mujye mwizera Imana!

23 Ndababwira nkomeje ko uwizera Imana ashobora kubwira uriya musozi ati: ‘Shyiguka aho wirohe mu nyanja!’ Niyizera adashidikanya ko ibyo avuze biba bizaba.

24 Ni cyo gituma mbabwira nti ‘Icyo musabye cyose musenga, mujye mwizera ko mugihawe kandi muzakibona.’

25 N’igihe muhagaze musenga, mujye mubabarira uwo mwaba mufite icyo mupfa, kugira ngo namwe So uri mu ijuru abababarire ibyo mumucumuraho. [

26 Naho nimutababarira abandi, So uri mu ijuru na we ntazabababarira ibyo mumucumuraho.]”

Ubushobozi bwa Yezu buva he?

27 Nyuma y’ibyo basubira i Yeruzalemu. Ubwo Yezu yagendagendaga mu rugo rw’Ingoro y’Imana, abakuru bo mu batambyi n’abigishamategeko n’abakuru b’imiryango barahamusanga.

28 Nuko baramubaza bati: “Uvana he ubushobozi bwo gukora ibyo ukora? Ni nde wabuguhaye?”

29 Yezu arabasubiza ati: “Nanjye reka mbibarize ikibazo kimwe, nimunsubiza nanjye ndababwira aho nkura ubushobozi bwo kubikora.

30 Mbese Yohani yatumwe n’Imana kubatiza, cyangwa yatumwe n’abantu? Nimunsubize.”

31 Bajya inama bati: “Nituvuga ko yatumwe n’Imana, aratubaza ati: ‘Kuki mutamwemeye?’

32 Na none kandi nituvuga ko yatumwe n’abantu, turaba twikozeho.” Batinyaga rubanda kuko rwemeraga ko Yohani yari umuhanuzi.

33 Nuko basubiza Yezu bati: “Ntitubizi.”

Yezu ni ko kubabwira ati: “Nanjye rero simbabwiye aho nkura ubushobozi bwo gukora ibyo nkora.”

—https://api-cdn.youversionapi.com/audio-bible-youversionapi/126/32k/MRK/11-1d6e4c784587ff4f38d9dc98d97c1dfc.mp3?version_id=387—

Categories
Mariko

Mariko 12

Umugani w’abahinzi b’abagome

1 Hanyuma Yezu atangira kubigisha abaciriye imigani, agira ati: “Habayeho umugabo wateye ibiti by’imizabibu mu murima we, awuzengurutsa uruzitiro, ashyiramo urwengero yubakamo n’umunara w’abararirizi, maze uwo murima awātira abahinzi. Birangiye ajya mu rugendo.

2 Igihe kigeze atuma umugaragu kuri ba bahinzi, kugira ngo bamuhe icyatamurima ku mbuto z’imizabibu.

3 Baramusumira baramuhondagura, bamwohereza amāra masa.

4 Nyir’imizabibu yongera kubatumaho undi mugaragu, na we bamurema uruguma mu mutwe, bamukorera ibya mfura mbi.

5 Nuko yohereza undi na we baramwica. Nyuma yohereza abandi benshi, bamwe barabakubita abandi barabica.

6 “Umuntu yari asigaranye ni umwe gusa, ni umwana we yakundaga cyane. Incuro ya nyuma aba ari we abatumaho yibwira ati: ‘Umwana wanjye ntibazamwubahuka.’

7 Abahinzi ngo babone uwo mwana baravugana bati: ‘Dore uwarazwe ibintu araje! Nimuze tumwice maze byose bizabe ibyacu.’

8 Baramusumira baramwica, bamujugunya inyuma y’uruzitiro.

9 “Mbese mubona nyir’imizabibu azakora iki? Azaza atsembe abo bahinzi, imizabibu ayishyiremo abandi.

10 Mbese ntimwasomye Ibyanditswe? Biravuga ngo:

‘Ibuye abubatsi banze,

ni ryo ryabaye insanganyarukuta.

11 Ibyo ni Nyagasani wabikoze,

none bitubereye igitangaza!’ ”

12 Ba bakuru bumvise neza ko uwo mugani ari bo werekezagaho, bashaka uko bafata Yezu ariko batinya rubanda. Nuko bamusiga aho barigendera.

Umusoro w’umwami w’i Roma

13 Hanyuma bamutumaho bamwe mu Bafarizayi n’abo mu ishyaka rya Herodi, kugira ngo bamufatire mu byo avuga.

14 Bakihagera baramubwira bati: “Mwigisha, tuzi ko uri umunyakuri kandi ko nta cyo utinya, kuko ufata abantu bose kimwe, ukigisha inzira y’Imana mu kuri. Mbese ni ngombwa ko dutanga umusoro w’umwami w’i Roma, cyangwa si ngombwa? Tuwutange, cyangwa twe kuwutanga?”

15 Ariko kuko Yezu yari azi uburyarya bwabo, arababaza ati: “Kuki muntega iyo mitego? Nimunzanire igiceri ndebe.”

16 Bakimuzaniye arababaza ati: “Iyi shusho n’iri zina biriho ni ibya nde?”

Baramusubiza bati: “Ni iby’umwami w’i Roma.”

17 Yezu ni ko kubabwira ati: “Iby’umwami w’i Roma mubihe umwami w’i Roma, n’iby’Imana mubihe Imana.”

Avuze atyo baramutangarira cyane.

Ikibazo cyerekeye izuka ry’abapfuye

18 Abasaduseyi (abo ni bo bavuga ko kuzuka bitabaho) basanga Yezu baramubwira bati:

19 “Mwigisha, Musa yatwandikiye iri tegeko ngo, umuntu napfa asize umugore batabyaranye, umugabo wabo ajye amucyura acikure nyakwigendera.

20 Habayeho rero abavandimwe barindwi. Uwa mbere ashaka umugore maze apfa batabyaranye.

21 Uwa kabiri acyura uwo mupfakazi, na we apfa batabyaranye. N’uwa gatatu bigenda bityo.

22 Bose uko ari barindwi bapfa ntawe umubyayeho umwana. Amaherezo, umugore na we arapfa.

23 Mbese igihe abantu bazazuka, uwo mugore azaba muka nde ko bose uko ari barindwi bazaba baramutunze?”

24 Yezu arabasubiza ati: “Mwarayobye, kuko mutamenye Ibyanditswe ntimumenye n’ububasha bw’Imana.

25 Erega igihe abapfuye bazazuka ntawe uzagira umugore, nta n’uzagira umugabo. Ahubwo bazamera nk’abamarayika bo mu ijuru.

26 Ku byerekeye izuka ry’abapfuye, mbese ntimwasomye mu gitabo cya Musa igihe yari ku gihuru cyaka umuriro, ko Imana yamubwiye iti: ‘Ndi Imana ya Aburahamu n’Imana ya Izaki n’Imana ya Yakobo’?

27 Erega Imana si iy’abapfuye, ahubwo ni iy’abazima! Mwarayobye cyane.”

Amategeko abiri y’ingenzi

28 Umwe mu bigishamategeko aramwegera yumva bajya izo mpaka. Abonye ko Yezu abashubije neza aramubaza ati: “Itegeko riruta ayandi yose ni irihe?”

29 Yezu aramusubiza ati: “Irya mbere ni iri: ‘Isiraheli we, tega amatwi! Nyagasani, Nyagasani wenyine ni we Mana yacu.

30 Ukunde Nyagasani Imana yawe n’umutima wawe wose n’ubuzima bwawe bwose, n’ubwenge bwawe bwose n’imbaraga zawe zose.’

31 Irya kabiri ni iri: ‘Ujye ukunda mugenzi wawe nk’uko wikunda.’ Nta rindi tegeko riruta ayo yombi.”

32 Uwo mwigishamategeko aramubwira ati: “Ni koko Mwigisha, uvuze ukuri. Imana ni imwe rukumbi, nta yindi mana ibaho.

33 Koko kandi umuntu akwiriye kuyikundisha umutima we wose n’ubwenge bwe bwose n’imbaraga ze zose, no gukunda mugenzi we nk’uko yikunda. Ibyo biruta ibitambo byose, ari ibisanzwe, ari n’ibikongorwa n’umuriro.”

34 Yezu abonye amushubije neza aramubwira ati: “Ntabwo uri kure y’ubwami bw’Imana.”

Nuko ntihagira undi uhangara kugira ikindi amubaza.

Ibya Kristo ukomoka kuri Dawidi

35 Igihe Yezu yigishirizaga mu rugo rw’Ingoro y’Imana, abaza abantu ati: “Ni iki gituma abigishamategeko bavuga ko Kristo ari umwana wa Dawidi?

36 Dawidi ubwe abihishuriwe na Mwuka Muziranenge, yaravuze ati:

‘Nyagasani yabwiye Umwami wanjye ati:

“Icara ku ntebe ya cyami iburyo bwanjye,

nanjye nzashyira abanzi bawe munsi y’ibirenge byawe.” ’

37 None se ubwo Dawidi ubwe yita Kristo umwami we, Kristo yaba ate kandi umwana we?”

Abumvaga Yezu bari benshi kandi bamwumvanaga umunezero.

Ibyaha by’abigishamatekeko

38 Mu nyigisho ze Yezu yaravuze ati: “Murajye mwirinda abigishamategeko bakunda gutembera bambaye amakanzu meza, no kubona baramukirizwa aho abantu bateraniye.

39 Bakunda kandi guhabwa intebe z’icyubahiro mu nsengero n’ibyicaro by’imbere aho batumiwe.

40 Barya ingo z’abapfakazi, nyamara bakiha kuvuga amasengesho y’urudaca. Abo bazacirwa urubanza rukaze kurusha abandi.”

Ituro ry’umupfakazi

41 Yezu yari yicaye mu rugo rw’Ingoro y’Imana ahateganye n’ububiko bashyiragamo amaturo, yitegereza uko rubanda batura. Abona abakire benshi bashyiramo menshi.

42 Nuko haza umupfakazi w’umukene, ashyiramo uduceritubiri gusa.

43 Yezu ahamagara abigishwa be arababwira ati: “Ndababwira nkomeje ko uriya mupfakazi w’umukene arushije abandi bose gutura.

44 Bariya bose batanze ku bibasagutse, naho we yatanze ibyari bimutunze byose.”

—https://api-cdn.youversionapi.com/audio-bible-youversionapi/126/32k/MRK/12-394f1156613c18fd8554a8f828115e40.mp3?version_id=387—

Categories
Mariko

Mariko 13

Yezu ahanura ko Ingoro y’Imana izasenywa

1 Yezu asohotse mu rugo rw’Ingoro y’Imana, umwe mu bigishwa be aramubwira ati: “Mwigisha, irebere nawe! Mbega inzu yubakishijwe amabuye meza! Mbega imyubakire y’agatangaza!”

2 Yezu aramusubiza ati: “Ntureba iyi nyubako y’agatangaza? Nta buye rizasigara rigeretse ku rindi, byose bizasenywa!”

Amakuba azaba ku isi mu minsi y’imperuka

3 Nuko Yezu yicara ku Musozi w’Iminzenze ahateganye n’Ingoro y’Imana, ari kumwe na Petero na Yakobo na Yohani na Andereya biherereye. Baramubaza bati:

4 “Tubwire igihe ibyo bizabera, n’ikimenyetso kizerekana ko igihe cyabyo byose kigeze.”

5 Yezu afata ijambo ati: “Muramenye ntihazagire ubayobya,

6 kuko hazaduka benshi biyita izina ryanjye bavuga bati: ‘Ni jye Kristo’, kandi bazayobya benshi.

7 Nimwumva urusaku rw’intambara ziri hafi n’amakuru y’intambara za kure, ntibizabakure umutima. Ibyo bizagomba kuba ariko si byo herezo.

8 Igihugu kizarwana n’ikindi, kandi umwami atere undi mwami. Hazaba imitingito y’isi hirya no hino, hatere n’inzara. Ibyo bizaba bimeze nk’imigendo ibanziriza ibise by’umugore.

9 “Namwe ubwanyu, muramenye! Bazabajyana mu nkiko no mu nsengero zabo babakubite. Muzanahagarikwa imbere y’abami n’abandi bategetsi babampōra, bityo muzaba abagabo bo guhamya ibyanjye.

10 Icyakora ni ngombwa ko Ubutumwa bwiza bubanza kwamamazwa mu bihugu byose.

11 Byongeye kandi igihe bazabarega mu nkiko, ntimuzahagarike umutima mbere y’igihe mwibaza ibyo muzireguza, kuko igihe nikigera muzahabwa icyo mukwiriye kuvuga. Si mwe muzaba mwivugira, ahubwo ni Mwuka Muziranenge uzavuga.

12 Umuntu azicisha umuvandimwe we, umubyeyi na we azicisha umwana we, n’abana bazagomera ababyeyi babo babicishe.

13 Muzangwa n’abantu bose babampōra, ariko uzihangana akageza ku munsi w’imperuka azarokoka.

Yudeya izagusha ishyano

14 “Nimubona cya ‘Giterashozi kirimbuzi’gihagaze aho kitagomba kuba – usoma ibi abyumve neza – icyo gihe abazaba bari muri Yudeya bazahungire mu misozi.

15 Uzaba ari hejuru y’inzu, aramenye ntazamanuke ngo yinjire mu nzu agire icyo avanamo.

16 N’uzaba ari mu murima ntazasubire imuhira gushaka umwitero we.

17 Hagowe abazaba batwite cyangwa bonsa muri iyo minsi!

18 Musabe Imana ibyo bye kuzaba mu mezi y’imbeho,

19 kuko muri iyo minsi hazaba amakuba akabije atigeze abaho kuva isi yaremwa kugeza ubu, kandi atazongera kubaho ukundi.

20 Iyo Nyagasani atagabanya iyo minsi, nta wari kuzarokoka. Ariko kubera abo yitoranyirije, iyo minsi yarayigabanyije.

21 Icyo gihe rero, nihagira ubabwira ati: ‘Dore nguyu Kristo’, cyangwa ati: ‘Nguriya’, ntimuzabyemere.

22 Hazaduka abiyita Kristo n’abiyita abahanuzi. Bazerekana ibimenyetso bakore n’ibitangaza, ku buryo bayobya abo Imana yitoranyirije bibaye ibishoboka.

23 Mwebwe rero murabe maso, ibyo byose mbaye mbibabwiye bitaraba.

Ukuza k’Umwana w’umuntu

24 “Ariko muri iyo minsi, nyuma y’iyo mibabaro, izuba rizijima n’ukwezi kwe kumurika,

25 inyenyeri zihanantuke ku ijuru, n’ibinyabubasha byo mu ijuru bihungabane.

26 Ubwo ni bwo abantu bazabona Umwana w’umuntu aje mu bicu, afite ububasha bwinshi n’ikuzo.

27 Ni bwo azatuma abamarayika gukoranya abo yitoranyirije babavane iburasirazuba n’iburengerazuba, mu majyaruguru no mu majyepfo, kugera aho isi n’ijuru bigarukira.

Ikigereranyo cy’igiti cy’umutini

28 “Murebere ku giti cy’umutini kibabere urugero: iyo mubonye amashami yacyo atoshye akameraho ibibabi, mumenya ko impeshyi yegereje.

29 Ni na ko rero igihe muzabona ibyo nababwiye bibaye, muzamenya ko Umwana w’umuntu ari hafi, ndetse ko ageze ku irembo.

30 Ndababwira nkomeje ko ab’iki gihe batazashira ibyo byose bitabaye.

31 Ijuru n’isi bizashira, ariko amagambo yanjye azahoraho.

Nta wuzi igihe bizabera

32 “Icyakora, umunsi n’isaha bizaberaho ntawe ubizi, habe n’abamarayika bo mu ijuru cyangwa Umwana w’Imana, bizwi na Data wenyine.

33 Muramenye rero mube maso [musenge,] kuko mutazi igihe ibyo byose bizabera.

34 Byagereranywa n’umuntu wagiye mu rugendo agasigira abagaragu urugo rwe, buri wese amugeneye icyo agomba gukora, agategeka n’umurinzi w’irembo kuba maso.

35 Murabe maso rero kuko mutazi igihe nyir’urugo azahindukirira, haba mu matarama cyangwa mu gicuku, cyangwa mu nkoko cyangwa umuseke utambitse.

36 Muramenye atazabatungura agasanga musinziriye.

37 Ibyo mbabwiye ndabibwira bose: mube maso!”

—https://api-cdn.youversionapi.com/audio-bible-youversionapi/126/32k/MRK/13-bdc02215597540e96e81aec0ecdac5b3.mp3?version_id=387—

Categories
Mariko

Mariko 14

Abakuru b’Abayahudi bajya inama yo kwica Yezu

1 Hari hasigaye iminsi ibiri ngo habe umunsi mukuru wa Pasika y’Abayahudi, n’iminsi mikuru y’imigati idasembuye. Abakuru bo mu batambyi n’abigishamategeko bashakaga uko bafata Yezu bakoresheje amayeri, kugira ngo bamwicishe.

2 Icyakora bakavuga bati: “Ntituzamufate mu minsi mikuru, kugira ngo rubanda badatera imidugararo.”

Umugore asīga Yezu amarashi

3 Igihe Yezu yari i Betaniya kwa Simoni umubembe afungura, haje umugore azanye icuparyuzuye amarashi yitwa naridi, amininnye kandi ahenda cyane. Nuko amena iryo cupa, amarashi ayasuka mu mutwe wa Yezu.

4 Bamwe mu bari aho bararakara baravugana bati: “Ariya marashi ayapfushirije iki ubusa?

5 Mbese ntiyari kugurishwa amafaranga arenga igihembo cy’imibyizi magana atatu, agahabwa abakene?”

Nuko batonganya uwo mugore cyane.

6 Ariko Yezu arababwira ati: “Nimumureke! Muramuhora iki kandi icyo ankoreye ari cyiza?

7 Abakene muhorana na bo aho mwashakira mwabagirira neza, naho jye ntituzahorana.

8 Akoze ibyo ashoboye nubwo igihe kitaragera, ansīze amarashi ku mubiri antegurira guhambwa.

9 Ndababwira nkomeje ko ku isi yose aho Ubutumwa bwiza buzamamazwa, ibyo uyu mugore angiriye bizavugwa, abantu babimwibukireho.”

Yuda yiyemeza kugambanira Yezu

10 Yuda Isikariyoti, umwe mu bigishwa cumi na babiri, ajya kuvugana n’abakuru bo mu batambyi uburyo yabashyikiriza Yezu.

11 Babyumvise baranezerwa, bamusezeranya amafaranga bazamuha. Nuko Yuda atangira kwiga uko yamubashyikiriza n’igihe yabikorera.

Yezu asangira n’abigishwa be ifunguro rya Pasika

12 Umunsi wa mbere w’Iminsi mikuru y’Imigati idasembuye, ari wo baryagaho umwana w’intama wa Pasika, abigishwa ba Yezu baramubaza bati: “Ni hehe ushaka ko tujya kugutegurira ifunguro rya Pasika?”

13 Yezu atuma babiri mu bigishwa be ati: “Nimujye mu mujyi, murahura n’umugabo wikoreye ikibindi cy’amazi mumukurikire.

14 Inzu ari bujyemo mubwire nyirayo muti: ‘Umwigisha akudutumyeho ngo utwereke icyumba wamuteguriye, aho ari busangirire n’abigishwa be ifunguro rya Pasika.’

15 Na we ari bubereke icyumba kigari mu igorofa yo hejuru kirimo ibyicaro kandi giteguye, abe ari ho mudutunganyiriza ifunguro rya Pasika.”

16 Ba bigishwa baragenda bajya mu mujyi basanga bimeze nk’uko yabibabwiye, maze bategura ifunguro rya Pasika.

17 Bugorobye Yezu azana n’abigishwa be cumi na babiri.

18 Nuko mu gihe bafungura Yezu aravuga ati: “Ndababwira nkomeje ko umwe muri mwe dusangira agiye kungambanira.”

19 Batangira kubabara no kumubaza umwe umwe bati: “Mbese ni jye?”

20 Yezu arabasubiza ati: “Ni umwe muri mwe cumi na babiri, uwo duhuriza intoki ku mbehe.

21 Koko Umwana w’umuntu agiye kwicwa nk’uko Ibyanditswe bivuga kuri we. Nyamara ugiye kumugambanira azabona ishyano, icyari kuba cyiza kuri uwo muntu ni iyo aba ataravutse.”

Ifunguro rihamya Isezerano rishya

22 Igihe bafunguraga Yezu afata umugati, amaze gushimira Imana arawumanyura, arawubahereza ati: “Nimwakire, uyu ni umubiri wanjye.”

23 Afata n’igikombe ashimira Imana, arakibahereza banywaho bose.

24 Nuko arababwira ati: “Aya ni amaraso yanjye ahamya Isezerano Imana igiranye n’abayo, amenwe ku bw’abantu benshi.

25 Ndababwira nkomeje ko ntazongera kunywa divayi, kugeza igihe nzanywera divayi nshya mu bwami bw’Imana.”

26 Nuko bamaze kuririmba, barasohoka bajya ku Musozi w’Iminzenze.

Yezu abwira Petero ko ari bumwihakane

27 Yezu arababwira ati: “Ibigiye kumbaho biri bubace intege mwese, ni na ko Ibyanditswe bivuga ngo ‘Nzica umushumba, intama zitatane.’

28 Ariko nimara kuzuka muzansanga muri Galileya.”

29 Petero aramubwira ati: “Ibigiye kukubaho naho bose byabaca intege, jye nta cyo biri buntware!”

30 Yezu aramusubiza ati: “Ndakubwira nkomeje ko muri iri joro, inkoko ijya kubika kabiri umaze kunyihakana gatatu.”

31 Ariko Petero we arushaho kwemeza ati: “Naho byatuma mpfana nawe, sindi bukwihakane na gato!”

Abandi bose na bo bavuga batyo.

Yezu asengera i Getsemani

32 Hanyuma bajya ahantu hitwa Getsemani. Bahageze Yezu abwira abigishwa be ati: “Nimube mwicaye hano igihe nsenga.”

33 Ajyana na Petero na Yakobo na Yohani, atangira guhagarika umutima no gushavura cyane.

34 Arababwira ati: “Agahinda mfite karenda kunyica. Nimugume hano mube maso.”

35 Nuko yigira imbere gato yikubita hasi yubamye, arasenga ngo niba bishoboka icyo gihe cy’umubabaro kitamugeraho.

36 Aravuga ati: “Aba”, ni ukuvuga ngo: “Data byose biragushobokera.” Igiza kure yanjye iki gikombe cy’umubabaro. Nyamara ntibibe uko nshaka, ahubwo bibe uko ushaka.”

37 Hanyuma araza asanga abigishwa be basinziriye, abaza Petero ati: “Simoni, urisinziriye? Ese nturuhije uba maso n’isaha imwe?

38 Mube maso kandi musenge, kugira ngo mutagwa mu bishuko. Umutima w’umuntu ugira imigambi myiza, ariko umubiri wo ugira intege nke.”

39 Asubirayo yongera gusenga, avuga amagambo nk’aya mbere.

40 Ahindukiye asanga na none basinziriye, kuko amaso yabo yari aremerewe n’ibitotsi, maze babura icyo bamusubiza.

41 Agarutse ubwa gatatu arababaza ati: “Mbese muracyasinziriye? Muriruhukiye?Yemwe, igihe kirageze, Umwana w’umuntu agabijwe abanyabyaha.

42 Nimuhaguruke tugende dore ungambanira araje.”

Bafata Yezu

43 Uwo mwanya akivuga ibyo, Yuda umwe muri ba bigishwa cumi na babiri aba araje. Yari kumwe n’igitero cy’abantu bitwaje inkota n’amahiri, boherejwe n’abakuru bo mu batambyi n’abigishamategeko n’abakuru b’imiryango.

44 Uwamugambaniraga yari yabahaye ikimenyetso ati: “Uwo nza kuramutsa nkamusoma araba ari we, mumufate mumujyane mumurinze cyane.”

45 Ako kanya Yuda asanga Yezu aramusuhuza ati: “Mwiriwe Mwigisha.” Nuko aramusoma.

46 Nuko ba bantu bahita basumira Yezu, baramufata.

47 Umuntu umwe mu bari aho akura inkota, ayikubita umugaragu w’Umutambyi mukuru amuca ugutwi.

48 Yezu arababaza ati: “Kuki muje kumfata mwitwaje inkota n’amahiri nk’abagiye gufata igisambo?

49 Iminsi yose nari kumwe namwe mu rugo rw’Ingoro y’Imana nigisha, ntimwamfashe. Ariko ibi bibereyeho kugira ngo bibe nk’uko Ibyanditswe bivuga.”

50 Abigishwa be bose baramutererana barahunga.

51 Umusore umwe yari amukurikiye yifubitse umwenda, baramufata arabacika,

52 basigarana umwenda we ahunga yambaye ubusa.

Yezu ajyanwa mu rukiko rw’ikirenga rw’Abayahudi

53 Nuko bajyana Yezu ku Mutambyi mukuru, abakuru bose bo mu batambyi n’abakuru b’imiryango n’abigishamategeko barahakoranira.

54 Ubwo Petero amukurikirira kure, aza kugera mu rugo rw’Umutambyi mukuru, yicara ku ikome hamwe n’abakozi baho, arota.

55 Abakuru bo mu batambyi n’abandi bose bagize urukiko rw’ikirenga, bashakaga icyakwicisha Yezu bakakibura.

56 Icyakora habonetse benshi bamushinja ibinyoma, ariko bavugaga ibinyuranye.

57 Bamwe barahaguruka bamushinja ibinyoma bati:

58 “Twamwumvise avuga ngo ‘Nzasenya iyi Ngoro yubatswe n’abantu, maze mu minsi itatu nubake indi itubatswe n’abantu.’ ”

59 Nyamara no kuri iyo ngingo ibirego byabo ntibyari bihuye.

60 Noneho Umutambyi mukuru arahaguruka ahagarara mu ruhame. Abaza Yezu ati: “Ko nta cyo usubiza ku byo aba bantu bagushinja?”

61 Yezu aricecekera ntiyagira icyo asubiza. Nuko Umutambyi mukuru yongera kumubaza ati: “Harya ni wowe Kristo Umwana wa Nyir’ugusingizwa?”

62 Yezu aramusubiza ati: “Ndi we. Byongeye kandi, muzabona Umwana w’umuntu yicaye ku ntebe ya cyami iburyo bw’Imana Nyirububasha, munamubone aje ku bicu byo ku ijuru.”

63 Umutambyi mukuru ni ko gushishimura imyambaro ye kugira ngo agaragaze ko bimushegeshe, maze aravuga ati: “Turacyashaka abagabo b’iki se kandi?

64 Mwiyumviye uko atuka Imana! Murabitekerezaho iki?”

Bose bamucira urwo gupfa.

65 Nuko bamwe batangira kumuvundereza amacandwe, bamupfuka mu maso, bamutera amakofi bamubwira ngo: “Ngaho hanura!”

Abakozi baho na bo baramufata bamukubita inshyi.

Petero yihakana Yezu

66 Icyo gihe Petero yari hanze mu rugo. Nuko haza umwe mu baja b’Umutambyi mukuru,

67 abonye Petero yota aramwitegereza, aramubwira ati: “Nawe wari kumwe na Yezu w’i Nazareti!”

68 Petero aramuhakanira ati: “Sinumva na busa icyo ushaka kuvuga!”

Maze arasohoka ageze ku marembo [inkoko irabika].

69 Wa muja yongeye kumubona abwira abari aho ati: “Uyu ni umwe muri bo.”

70 Petero yongera guhakana. Hashize akanya abari aho bongera kumubwira bati: “Ni ukuri nawe uri uwo muri bo, koko uri Umunyagalileya!”

71 Nuko Petero atangira kwivuma no gucurikiranya indahiro ati: “Uwo muntu muvuga simuzi!”

72 Ako kanya inkoko ibika ubwa kabiri. Petero ni ko kwibuka ijambo Yezu yari yamubwiye ati: “Inkoko irajya kubika kabiri umaze kunyihakana gatatu.” Nuko araturika ararira.

—https://api-cdn.youversionapi.com/audio-bible-youversionapi/126/32k/MRK/14-069a341cd991a7ab1a0f8da777e8e161.mp3?version_id=387—

Categories
Mariko

Mariko 15

Yezu ashyikirizwa Umunyaroma Pilato wategekaga Yudeya

1 Igitondo gitangaje abakuru bo mu batambyi n’abakuru b’imiryango n’abigishamategeko, mbese abagize urukiko rw’ikirenga bose, bateranira hamwe mu nama. Bamaze kuboha Yezu, baramujyana bamushyikiriza Pilato.

2 Nuko Pilato aramubaza ati: “Ni wowe mwami w’Abayahudi?”

Yezu aramusubiza ati: “Urabyivugiye.”

3 Abakuru bo mu batambyi bamurega ibirego byinshi.

4 Pilato yongera kumubaza ati: “Ko nta cyo usubiza? Ese ntiwumva ko ibyo bakurega ari byinshi?”

5 Yezu ntiyongera kugira icyo asubiza, Pilato abibonye aratangara.

Yezu acirwa urwo gupfa

6 Ku munsi mukuru wa Pasika, Pilato yari amenyereye kurekurira abantu imfungwa imwe bamusabaga.

7 Icyo gihe muri gereza hari abari barishe abantu mu myivumbagatanyo yo kugomera Abanyaroma, muri abo hari uwitwaga Baraba.

8 Rubanda ni ko kuzamuka basanga Pilato, bamusaba kubagenzereza nk’uko yari asanzwe abigira.

9 Arababaza ati: “Murashaka ko mbarekurira umwami w’Abayahudi?”

10 Pilato yari azi ko abakuru bo mu batambyi bamugabije Yezu babitewe n’ishyari.

11 Ariko abakuru bo mu batambyi boshya rubanda gusaba Pilato ngo abarekurire Baraba.

12 Pilato yongera kubabaza ati: “None se uwo mwita umwami w’Abayahudi mugire nte?”

13 Bamusubiza baranguruye amajwi bati: “Mubambe ku musaraba!”

14 Pilato arababaza ati: “Kuki? Icyaha yakoze ni ikihe?”

Barushaho gusakuza bati: “Mubambe!”

15 Pilato ashaka gushimisha rubanda, abarekurira Baraba. Ategeka ko Yezu abambwa ku musaraba bamaze kumukubita ibiboko.

Abasirikari bashinyagurira Yezu

16 Abasirikari bamujyana mu gikari cy’ingoro y’umutegetsi, bahakoranyiriza abandi basirikari bose.

17 Bambika Yezu umwitero w’umutuku wijimye, bazingazinga ikamba ry’amahwa bararimutamiriza.

18 Biha kumuramya bati: “Urakarama Mwami w’Abayahudi!”

19 Bamara umwanya bamukubita ikibingo mu mutwe, bakamuvundereza amacandwe, maze bagapfukama ngo baramuramya.

20 Nuko bamaze kumushinyagurira batyo, bamwambura wa mwitero utukura bamusubiza imyambaro ye. Baramusohokana bajya kumubamba ku musaraba.

Yezu abambwa ku musaraba

21 Bakigenda bahura n’umuntu w’i Sirene witwaga Simoni, se wa Alegisanderi na Rufo ava mu cyaro. Abasirikari bamuhatira gutwara umusaraba wa Yezu.

22 Bajyana Yezu ahitwa i Gologota, bisobanurwa ngo “ahitiriwe igihanga.”

23 Bamuha divayi ivanzemo umuti wo koroshya uburibwe, ariko arayanga.

24 Nuko bamubamba ku musaraba, bigabanya imyambaro ye bakoresheje ubufindo, kugira ngo buri wese amenye iyo ari bujyane.

25 Igihe bamubambaga ku musaraba hari isaa tatu.

26 Itangazo ry’icyo yaregwaga ryari ryanditswe ngo “Umwami w’Abayahudi.”

27 Yari abambanywe n’abambuzi babiri, umwe iburyo undi ibumoso. [

28 Nuko biba nk’uko Ibyanditswe bivuga ngo “Yabazwe mu bagome.”]

29 Abahisi baramutukaga, bakazunguza umutwe bati: “Ngaho da! Wowe wasenya Ingoro y’Imana ukayubaka mu minsi itatu,

30 ikize wivane ku musaraba turebe!”

31 Abakuru bo mu batambyi bafatanyaga n’abigishamategeko kumushinyagurira, bakamuseka bati: “Yakijije abandi none ananiwe kwikiza!

32 Umva ko ari Kristo umwami w’Abisiraheli, ngaho namanuke ku musaraba tubibone, tumwemere!”

Ndetse n’abari babambanywe na we ni ko bamutukaga.

Urupfu rwa Yezu

33 Isaa sita mu gihugu cyose hacura umwijima, kugeza isaa cyenda.

34 Nuko isaa cyenda zigeze Yezu avuga aranguruye ati: “Eloyi, Eloyi, lama sabakitani?” Bisobanurwa ngo “Mana yanjye, Mana yanjye, ni iki gitumye untererana?”

35 Bamwe mu bari bahagaze aho babyumvise baravuga bati: “Umva re! Aratabaza Eliya.”

36 Nuko umuntu umwe ariruka afata icyangwe, acyinika muri divayi isharira agihambira ku kibingo, akimushyira ku munwa ngo anyunyuze ati: “Mureke turebe ko Eliya aza kumumanura ku musaraba.”

37 Yezu arangurura ijwi, aherako avamo umwuka.

38 Nuko mu Ngoro y’Imana umwenda wakingirizaga Icyumba kizira inenge cyaneutabukamo kabiri, uhereye hejuru ukageza hasi.

39 Umukapiteni w’abasirikari wari umuhagaze imbere, abonye ukuntu apfuye aravuga ati: “Ni ukuri, uyu muntu yari umwana w’Imana!”

40 Hari n’abagore babireberaga kure. Barimo Mariya w’i Magadala na Salome na Mariya nyina wa Yakobo muto, na Yozefu.

41 Abo bagore bakurikiraga Yezu akiri muri Galileya, bamufasha imirimo. Hari n’abandi bagore benshi bamuherekeje ajya i Yeruzalemu.

Umurambo wa Yezu ushyirwa mu mva

42 Bugiye kwira ku munsi w’imyiteguro, isabato igiye gutangira,

43 haza Yozefu ukomoka mu mujyi wa Arimateya, wari umujyanama w’ikirangirire mu rukiko rw’ikirenga rw’Abayahudi. Yari umwe mu bari bategerejeubwami bw’Imana, maze aratinyuka ajya kwa Pilato amusaba umurambo wa Yezu.

44 Pilato atangazwa no kumva ko Yezu amaze gupfa. Atumira umukapiteni w’abasirikari, amubaza ko yamaze gupfa koko.

45 Umukapiteni arabimwemeza, Pilato ni ko kwemerera Yozefu kujyana umurambo wa Yezu.

46 Nuko Yozefu amaze kugura umwenda wera, avana umurambo wa Yezu ku musaraba awuhambira muri uwo mwenda. Aherako awushyingura mu mva yari yarakorogoshowe mu rutare, hanyuma ahirikiraho ibuye arikingisha umuryango.

47 Mariya w’i Magadala na Mariya nyina wa Yozefu, bitegerezaga aho umurambo ushyinguwe.

—https://api-cdn.youversionapi.com/audio-bible-youversionapi/126/32k/MRK/15-9e9e469badc337b333746897e79a3ea9.mp3?version_id=387—

Categories
Mariko

Mariko 16

Kuzuka kwa Yezu

1 Isabato ishize, Mariya w’i Magadala na Salome na Mariya nyina wa Yakobo, bagura amavuta ahumura neza kugira ngo bajye gusīga umurambo wa Yezu.

2 Ku cyumweru ari wo munsi wa mbere, bagera ku mva izuba rirashe.

3 Baza babazanya bati “Ni nde uri budukurire rya buye ku muryango w’imva?”

4 Bitegereje basanga rya buye ryahirikiwe hirya, nubwo ryari rinini cyane.

5 Binjiye mu mva babona umusore wicaye mu ruhande rw’iburyo, yambaye ikanzu yererana, maze bagwa mu kantu.

6 Arababwira ati: “Mwitinya! Murashaka Yezu w’i Nazareti umwe babambye ku musaraba, ariko yazutse ntari hano. Dore n’aho bari bamushyize ngaha!

7 Ahubwo nimugende mumenyeshe Petero n’abandi bigishwa, ko azabategerereza muri Galileya. Ni ho muzamusanga nk’uko yabibabwiye.”

8 Nuko basohoka mu mva bahunga, bagenda bahinda umushyitsi bayobewe ibyo ari byo. Ntibagira uwo babibwira kubera ubwoba.

Yezu abonekera Mariya w’i Magadala

[

9 Muri icyo gitondo cy’umunsi wa mbere Yezu amaze kuzuka, abanza kwiyereka Mariya w’i Magadala, uwo yari yarameneshejemo ingabo ndwi za Satani.

10 Mariya ajya kubimenyesha abari barabanye na Yezu, asanga bababaye cyane barira.

11 Ariko nubwo bumvise avuga ko Yezu ari muzima kandi ko yamwiboneye, ntibabyemera.

Yezu abonekera abandi bigishwa babiri

12 Hanyuma y’ibyo Yezu abonekera abandi babiri mu bigishwa be bari mu nzira bajya mu cyaro, adasa uko yari asanzwe asa.

13 Bagaruka kubimenyesha abasigaye, na bwo ntibabyemera.

Yezu abonekera abigishwa be cumi n’umwe

14 Hanyuma abonekera ba bandi cumi n’umwe bafungura. Abagayira kutamwizera kwabo no kugira imitima inangiye, kuko batemeye ibyo babwiwe n’abamubonye amaze kuzuka.

15 Nuko arababwira ati: “Nimujye ku isi hose mwamamaze Ubutumwa bwiza mu bantu bose.

16 Ubwemera akabatizwa azakizwa, ariko utabwemera azacirwaho iteka.

17 Ibimenyetso bizaranga abazaba babwemeye ni ibi: mu izina ryanjye bazamenesha ingabo za Satani, kandi bazavuga indimi zindi nshya.

18 Nibafata inzoka cyangwa nibanywa uburozi, nta cyo bizabatwara. Bazarambika ibiganza ku barwayi bakire.”

Yezu asubira mu ijuru

19 Nyagasani Yezu amaze kubabwira ibyo ajyanwa mu ijuru, yicara ku ntebe ya cyami iburyo bw’Imana.

20 Nuko abigishwa be bajya hose bamamaza ibye. Nyagasani yabafashaga muri uwo murimo, atanga ibimenyetso bishyigikira ukuri kw’amagambo yabo.]

—https://api-cdn.youversionapi.com/audio-bible-youversionapi/126/32k/MRK/16-0fd28a1cd5eac029bb86efdde959e7ec.mp3?version_id=387—