Categories
Matayo

Matayo 15

Yezu ahinyura inyigisho z’Abafarizayi

1 Nuko Abafarizayi n’abigishamategeko baturutse i Yeruzalemu basanga Yezu, baramubaza bati:

2 “Kuki abigishwa bawe barenga ku muhango wa ba sogokuruza? Kuki mu gihe cyo gufungura batabanza gukaraba?”

3 Yezu arababaza ati: “Kuki mwe murenga ku Mategeko y’Imana mukihambira ku mihango yanyu?

4 Imana yaravuze iti: ‘Ujye wubaha so na nyoko’, kandi iti: ‘Uzatuka se cyangwa nyina azicwe.’

5 Naho mwebwe muvuga ko umuntu yabwira se cyangwa nyina ati: ‘Icyo najyaga kugufashisha ngomba kugitura Imana’,

6 ntabe acyubaha se [cyangwa nyina]. Bityo mukaba muhinduye ubusa Amategeko y’Imana mwitwaje imihango yanyu.

7 Mwa ndyarya mwe, Ezayi yabahanuye uko muri agira ati:

8 ‘Aba bantu bampoza ku rurimi,

ariko imitima yabo imba kure.

9 Barushywa n’ubusa bansenga,

kuko inyigisho bigisha ari amategeko y’abantu gusa.’ ”

Ibihumanya umuntu

10 Nuko Yezu ahamagara rubanda arababwira ati: “Nimuntege amatwi kandi musobanukirwe ibi:

11 igihumanya umuntu si ikijya mu kanwa, ahubwo ni ikikavamo.”

12 Nuko abigishwa be baramwegera baramubaza bati: “Uzi ko Abafarizayi bumvise ibyo uvuze bikabarakaza?”

13 Yezu ni ko kubasubiza ati: “Agati kose katatewe na Data uri mu ijuru kazarandurwa.

14 Nimubareke ni impumyi zirandata izindi. Iyo impumyi irandase indi mpumyi, zombi zigwa mu rwobo.”

15 Petero ni bwo amubwiye ati: “Dusobanurire ayo marenga.”

16 Yezu aramusubiza ati: “Mbese namwe muri abaswa bigeze aho?

17 Mbese ntimwumva ko ikintu cyose cyinjiye mu muntu kinyuze mu kanwa kijya mu nda, nyuma kikamuvamo kinyuze epfo?

18 Ariko igisohoka mu kanwa cyose kiba kivuye mu mutima, ni na cyo gihumanya umuntu,

19 kuko mu mitima y’abantu ari ho hava imigambi mibi: ubwicanyi n’ubusambanyi n’ubujura, kubeshyerana no gutukana.

20 Ibyo ni byo bihumanya umuntu, naho kurisha intoki zidakarabye si byo byamuhumanya.”

Umugore utari Umuyahudi yizera Yezu

21 Nuko Yezu avayo ajya mu karere gahereranye n’imijyi ya Tiri na Sidoni.

22 Umugore w’Umunyakanānikaziwabaga muri ako karere, aramusanga avuga aranguruye ati: “Nyagasani Mwene Dawidi, ngirira impuhwe! Umukobwa wanjye yahanzweho n’ingabo ya Satani, ameze nabi rwose.”

23 Yezu ntiyagira icyo amusubiza, maze abigishwa be baramwegera baramwinginga bati: “Musezerere kuko adusakuza inyuma.”

24 Yezu arasubiza ati: “Nta bandi natumweho uretse Abisiraheli bameze nk’intama zazimiye.”

25 Uwo mugore araza aramupfukamira ati: “Nyagasani mfasha!”

26 Yezu aramusubiza ati: “Si byiza gufata ibyokurya by’abana ngo ubijugunyire imbwa.”

27 Umugore aramusubiza ati: “Ni koko Nyagasani, ariko kandi n’imbwa zitungwa n’ibigwa hasi bivuye ku meza ya ba shebuja.”

28 Yezu ni ko kumusubiza ati: “Wa mugore we, ufite ukwizera gukomeye, bikubere uko ubishaka.” Uwo mwanya umukobwa we arakira.

Yezu akiza abantu benshi

29 Nuko Yezu ava aho agenda akikiye ikiyaga cya Galileya, azamuka umusozi maze aricara.

30 Imbaga nyamwinshi y’abantu iramusanga bamuzaniye abacumbagira n’impumyi, ibirema n’ibiragi n’abandi barwayi benshi, babashyira imbere ye arabakiza.

31 Nuko rubanda batangazwa no kubona ibiragi bivuga, ibirema bikira, abacumbagira bagenda neza n’impumyi zikareba. Nuko basingiza Imana ya Isiraheli.

Yezu agaburira abantu barenze ibihumbi bine

32 Yezu ahamagara abigishwa be arababwira ati: “Aba bantu barambabaje. Dore uyu ni umunsi wa gatatu turi kumwe kandi ntibagifite icyo bafungura. None sinshaka kubasezerera kandi nta mpamba bafite, inzara itabatsinda ku nzira.”

33 Abigishwa be baramubaza bati: “Ko aha hantu hadatuwe, twakura he ibyahaza abantu bangana batya?”

34 Yezu arababaza ati: “Mufite imigati ingahe?”

Baramusubiza bati: “Dufite irindwi n’udufi dukeya.”

35 Nuko ategeka abantu kwicara hasi.

36 Afata iyo migati uko ari irindwi na twa dufi, ashimira Imana, arabimanyura, abiha abigishwa na bo babikwiza iyo mbaga.

37 Bose bararya barahaga, bateranya ibisagutse byuzura ibitebo birindwi.

38 Abariye bari ibihumbi bine, utabariyemo abagore n’abana.

39 Nuko Yezu amaze gusezerera iyo mbaga y’abantu ajya mu bwato, yerekeza mu karere ka Magadani.

—https://api-cdn.youversionapi.com/audio-bible-youversionapi/126/32k/MAT/15-c77da26ed94636276f668f628241a2bc.mp3?version_id=387—

Categories
Matayo

Matayo 16

Abafarizayi n’Abasaduseyi basaba ikimenyetso

1 Nuko Abafarizayi n’Abasaduseyi basanga Yezu, bamusaba ikimenyetso cyemeza ko yatumwe n’Imana, ariko ari umutego bamutega.

2 Yezu arabasubiza ati: “Iyo izuba rirenze muravuga muti: ‘Ejo hazaramuka umucyo kuko ijuru ari umutuku’,

3 bwacya mukavuga muti: ‘Haramutse umuvumbi kuko ijuru ritukura kandi rikaba ryijimye.’ Muzi gutahura ijuru ngo mumenye ibihe, nyamara mukananirwa gutahura ibimenyetso biranga iby’iki gihe.

4 Abantu b’iki gihe b’abasambanyi n’abagizi ba nabi bashaka ko mbaha ikimenyetso, nyamara nta kimenyetso kindi bazahabwa kitari icya Yonasi.”

Nuko abasiga aho, aragenda.

Umusemburo w’Abafarizayi n’Abasaduseyi

5 Bafashe hakurya, abigishwa ba Yezu basanga bibagiwe kujyana imigati.

6 Yezu arababwira ati: “Muramenye mujye mwirinda umusemburo w’Abafarizayi n’uw’Abasaduseyi.”

7 Bo rero baravugana bati: “Ubanza ari uko nta migati twazanye!”

8 Yezu amenye ibyo bavugana arababwira ati: “Yemwe abafite ukwizera guke mwe, ni iki gituma mujya impaka ngo nta migati mufite?

9 Mbese ntimurasobanukirwa, nta n’ubwo mwibuka ya migati itanu yahagije bya bihumbi bitanu, n’umubare w’inkangara z’ibyasagutse mwahavanye?

10 Cyangwa se ntimwibuka na ya migati irindwi yahagije bya bihumbi bine, na bya bitebo by’ibyasagutse mwahavanye?

11 Kuki mudasobanukirwa ko atari imigati nababwiraga? Mujye mwirinda ahubwo umusemburo w’Abafarizayi n’uw’Abasaduseyi.”

12 Noneho abigishwa basobanukirwa ko atari umusemburo w’imigati yababwiraga kwirinda, ahubwo ko ari uw’inyigisho z’Abafarizayi n’Abasaduseyi.

Petero yemeza ko Yezu ari we Kristo

13 Bageze mu karere gahereranye n’i Kayizariya ya Filipo, Yezu abaza abigishwa be ati: “Umwana w’umuntu abantu bavuga ko ari nde?”

14 Baramusubiza bati: “Bamwe bavuga ko uri Yohani Mubatiza, abandi ngo uri Eliya, naho abandi ngo uri Yeremiya cyangwa undi wo mu bahanuzi.”

15 Nuko Yezu arababaza ati: “Mwebwe se muvuga ko ndi nde?”

16 Simoni Petero aramusubiza ati: “Uri Kristo Umwana w’Imana nzima.”

17 Yezu aramubwira ati: “Urahirwa Simoni mwene Yonasi, kuko ibyo nta muntu wabiguhishuriye, ahubwo ni Data uri mu ijuru.

18 Noneho nanjye reka nkubwire: uri Petero (ni ukuvuga ‘Ibuye’), kandi kuri urwo rutare nzubakaho Umuryango wanjye, ndetse n’urupfu ntiruzabasha kuwutsinda.

19 Nzaguha imfunguzo z’ubwami bw’ijuru, icyo uzaboha ku isi kizaba cyaboshywe n’Imana mu ijuru, kandi icyo uzabohora ku isi kizaba cyabohowen’Imana mu ijuru.”

20 Nuko Yezu yihanangiriza abigishwa be kutagira uwo bahingukiriza ko ari we Kristo.

Yezu avuga ko azapfa akazuka

21 Uhereye ubwo, Yezu atangira gusobanurira abigishwa be ko ari ngombwa ko ajya i Yeruzalemu, akababazwa cyane n’abakuru b’imiryango n’abakuru bo mu batambyi n’abigishamategeko, bakamwica maze ku munsi wa gatatu akazuka.

22 Nuko Petero aramwihererana, atangira kumuhana ati: “Nyagasani, ibyo biragatsindwa! Imana ntizakunda ko bikubaho!”

23 Yezu arahindukira aramubwira ati: “Mva iruhande Satani! Umbereye inkomyi kuko ibitekerezo byawe bitavuye ku Mana, ahubwo ari iby’abantu.”

24 Nuko Yezu abwira abigishwa be ati: “Ushaka kunyoboka wese nareke kwiyitaho, ahubwo atware umusarabawe ankurikire.

25 Ushaka gukiza ubuzima bwe azabubura, naho uhara ubuzima bwe ari jye ahōrwa azaba abukijije.

26 Mbese umuntu byamumarira iki kwigarurira isi yose, ariko akaba yivukije ubugingo bwe? Cyangwa se ubugingo bw’umuntu yabugurana iki?

27 Ni koko Umwana w’umuntu agiye kuzaza afite ikuzo rya Se, ashagawe n’abamarayika be, maze agirire umuntu wese ibikwiranye n’ibyo yakoze.

28 Ndababwira nkomeje ko bamwe mu bari aha, batazapfa batabonye Umwana w’umuntu aje kwima ingoma ye.”

—https://api-cdn.youversionapi.com/audio-bible-youversionapi/126/32k/MAT/16-b64ca3b9bdb901fa610ef38ac6feccf1.mp3?version_id=387—

Categories
Matayo

Matayo 17

Abigishwa babona ikuzo rya Yezu

1 Iminsi itandatu ishize Yezu ajyana Petero n’abavandimwe babiri Yakobo na Yohani, bihererana mu mpinga y’umusozi muremure.

2 Nuko ahinduka bamureba, mu maso he harabagirana nk’izuba, imyambaro ye irererana.

3 Bagiye kubona babona Musa na Eliya baganira na Yezu.

4 Petero abwira Yezu ati: “Nyagasani, ko ari nta ko bisa kwibera hano! Nubishaka ndubaka utuzu dutatu tw’ingando, kamwe kabe akawe, akandi aka Musa, naho akandi kabe aka Eliya.”

5 Akivuga atyo igicu kibengerana kirabatwikīra, bumva ijwi ry’uvugira muri icyo gicu ati: “Uyu ni Umwana wanjye nkunda cyane, ni we nishimira. Nimumutege amatwi!”

6 Abigishwa bumvise iryo jwi bagwa bubamye, bagira ubwoba bwinshi cyane.

7 Maze Yezu arabegera abakoraho, ati: “Nimubyuke mwigira ubwoba.”

8 Bubuye amaso ntibagira undi babona, uretse Yezu wenyine.

9 Bakimanuka umusozi arabihanangiriza ati: “Ntimugire uwo mubwira ibyo mumaze kwerekwa, kugeza ubwo Umwana w’umuntu azaba amaze kuzuka.”

10 Abigishwa ba Yezu ni ko kumubaza bati: “Kuki abigishamategeko bavuga ko Eliya agomba kubanza kuza?”

11 Arabasubiza ati: “Ni koko, Eliya agomba kuza agatunganya byose.

12 Ndetse mbabwire: Eliya yaraje nyamara abantu ntibamumenya, ahubwo bamugirira nabi uko bishakiye. Umwana w’umuntu na we ni ko bazamugirira.”

13 Noneho abigishwa basobanukirwa ko ari Yohani Mubatiza yababwiraga.

Yezu akiza umuhungu wahanzweho

14 Bageze aho imbaga y’abantu yari iri, umuntu yegera Yezu aramupfukamira.

15 Nuko aravuga ati: “Nyagasani, girira impuhwe umwana wanjye! Arwara igicuri akababara cyane ku buryo kenshi kimutura mu muriro, kikamuroha no mu mazi.

16 Namuzaniye abigishwa bawe bananirwa kumukiza.”

17 Yezu arasubiza ati: “Yemwe bantu b’iki gihe mutizera Imana kandi mugoryamye, nzabana namwe ngeze ryari? Nzabihanganira ngeze ryari? Ngaho nimumunzanire.”

18 Yezu acyaha iyo ngabo ya Satani, imuvamo. Uwo mwanya umwana arakira.

19 Nuko abigishwa be baramusanga, baramwihererana bati: “Kuki twe tutabashije kuyimenesha?”

20 Arabasubiza ati: “Ni ukubera ukwizera kwanyu kudahagije. Ndababwira nkomeje ko muramutse mufite ukwizera nibura kungana urwara, mwabwira uyu musozi muti: ‘Va aha ujye hariya’ maze ukahajya, nta kintu na kimwe cyabananira. [

21 Ariko bene iyo ngabo ya Satani ntishoborwa n’ikindi kitari ugusenga no kwigomwa kurya.”]

Yezu yongera kuvuga ko azapfa akazuka

22 Abigishwa bageze muri Galileya, Yezu arababwira ati: “Umwana w’umuntu agiye kuzagabizwa abantu,

23 bamwice maze ku munsi wa gatatu azuke.” Nuko barashavura cyane.

Gutanga umusoro w’Ingoro y’Imana

24 Yezu n’abigishwa be bageze i Kafarinawumu, abasoresha b’Ingoro y’Imana basanga Petero baramubaza bati: “Mbese umwigisha wanyu ntatanga umusoro w’Ingoro y’Imana?”

25 Petero arasubiza ati: “Arawutanga.”

Nuko Petero agarutse imuhira Yezu aramutanguranwa ati: “Mbe Simoni, ubibona ute? Abami b’isi bahabwa na ba nde imisoro cyangwa amakoro? Mbese ni abana babo cyangwa ni rubanda?”

26 Petero aramusubiza ati: “Ni rubanda.” Yezu ati: “Nuko rero abana babo si abo gusoreshwa.

27 Nyamara kugira ngo tudaha abo bantu urwitwazo, jya ku kiyaga unagemo urushundura, ifi ufata bwa mbere uyasamure, urayisangamo igikoroto gihwanye n’umusoro wanjye n’uwawe, maze ukizane ugitange ho umusoro wacu twembi.”

—https://api-cdn.youversionapi.com/audio-bible-youversionapi/126/32k/MAT/17-ee93152d9e4a6ec55d1e376d5246004c.mp3?version_id=387—

Categories
Matayo

Matayo 18

Umukuru mu bwami bw’ijuru

1 Icyo gihe abigishwa begera Yezu baramubaza bati: “Mbese ni nde mukuru mu bwami bw’ijuru?”

2 Nuko Yezu arembuza umwana amushyira hagati yabo,

3 maze arababwira ati: “Ndababwira nkomeje ko niba mudahindutse ngo mumere nk’abana bato, mutazinjira mu bwami bw’ijuru.

4 Uwiyoroshya akamera nk’uyu mwana muto, ni we mukuru mu bwami bw’ijuru.

5 Byongeye kandi, uwakira umwana muto nk’uyu kubera jye ni jye aba yakiriye.

Ububi bw’ibyaha

6 “Nihagira ugusha mu cyaha umwe muri aba bato banyemera, icyaruta kuri we ni uko bamuhambira urusyo ku ijosi, bakamuroha mu kiyaga rwagati.

7 Mbega ngo isi iragatora kubera ibigusha abantu mu byaha! Ibigusha abantu ntibizabura kubaho, ariko umuntu bizaturukaho azaba agatoye.

8 “Niba ikiganza cyawe cyangwa ikirenge cyakugusha mu cyaha, ugice ugite kure. Icyaruta ni uko wakwinjira ahari ubugingo buhoraho ucitse ikiganza cyangwa ikirenge kimwe, aho kurohwa mu muriro utazima ufite ibiganza cyangwa ibirenge byombi.

9 Niba kandi ijisho ryawe ryakugusha mu cyaha, urinogore urite kure. Icyaruta ni uko wakwinjira ahari ubugingo buhoraho ufite ijisho rimwe, aho kurohwa mu nyenga y’umuriro ufite amaso yombi.

Ikigereranyo cy’intama yazimiye

10 “Muramenye mutagira uwo musuzugura muri aba bato. Ndababwira ko mu ijuru abamarayika babobahora imbere ya Data uri mu ijuru!” [

11 Umwana w’umuntu yazanywe no gukiza abazimiye.]

12 “None se murabibona mute? Hagize umuntu ufite intama ijana maze imwe ikazimira, mbese ntiyasiga izindi mirongo cyenda n’icyenda ku musozi, kugira ngo ajye gushaka iyazimiye?

13 Ndababwira nkomeje ko iyo ayibonye, bimushimisha kurusha za zindi mirongo cyenda n’icyenda zitazimiye.

14 Uko ni ko Souri mu ijuru ashaka ko hatabura n’umwe muri bariya bato.

Igihe umuvandimwe agucumuyeho

15 “Mugenzi wawe nagucumuraho, umusange umwereke icyaha cye mwiherereye. Nagukundira uzaba ugaruye umuvandimwe.

16 Naho natakumva umutorere undi muntu umwe cyangwa babiri, kugira ngo nk’uko byanditswe, ‘ashinjwe n’abagabo babiri cyangwa barenzeho kugira ngo icyo aregwa kimuhame.’

17 Ariko niyanga kubumva ubibwire ikoraniro ry’ab’Imana. Niba kandi na ryo yanze kuryumva, kuva ubwo akubere nk’umuntu utazi Imana cyangwa umusoresha.

18 “Ndababwira nkomeje ko icyo muzaboha ku isi kizaba kiboshywe n’Imana mu ijuru. Kandi icyo muzabohora ku isi kizaba kibohowe n’Imana mu ijuru.

19 “Reka nongere mbabwire: niba ku isi babiri muri mwe bashyize hamwe kugira ngo basabe ikintu icyo ari cyo cyose, bazagihabwa na Data uri mu ijuru,

20 kuko aho babiri cyangwa batatu bateraniye mu izina ryanjye mba ndi hamwe na bo.”

Umugani w’umugaragu wanze kubabarira mugenzi we

21 Nuko Petero yegera Yezu aramubaza ati: “Nyagasani, mbese umuvandimwe wanjye akomeje kuncumuraho nkwiriye kumubabarira kangahe? Ese namubabarira karindwi?”

22 Yezu aramusubiza ati: “Sinkubwiye ko wagarukira kuri karindwi gusa, ahubwo uzageze kuri karindwi incuro mirongo irindwi.

23 “Ni yo mpamvu iby’ubwami bw’ijuru wabigereranya n’umwami, washatse kumurikisha imari yari yarabikije abagaragu be.

24 Agitangira kubikora bamuzanira umwe muri bo, wari umurimo za miliyoni na za miliyoni z’amafaranga.

25 Nuko abonye ko uwo muntu atari afite icyo kwishyura, shebuja ategeka ko bamugurisha we n’umugore n’abana be, n’ibyo yari afite byose kugira ngo yishyure uwo mwenda.

26 Uwo mugaragu ni ko kumwikubita imbere akoma yombi ati: ‘Nimunyihanganire nzabishyura ibyanyu byose!’

27 Shebuja amugirira impuhwe, amurekera uwo mwenda aramurekura.

28 “Uwo mugaragu avuye aho ahura n’undi mugaragu mugenzi we wari umurimo amafaranga ibihumbi bikeya, aramufata aramuniga ati: ‘Nyishyura umwenda undimo!’

29 Mugenzi we ni ko kumwikubita imbere aramwinginga ati: ‘Nimunyihanganire nzabishyura ibyanyu byose!’

30 Aranga ahubwo aragenda aramufungisha, kugeza igihe azaba amwishyuriye uwo mwenda.

31 “Abagaragu bagenzi be babonye ibibaye barababara cyane, bajya gutekerereza shebuja uko byagenze kose.

32 Nuko shebuja atumira uwo mugaragu aramubwira ati: ‘Yewe mugaragu gito, nakurekeye umwenda wawe kuko wanyinginze.

33 None se ntiwari ukwiriye kugirira mugenzi wawe impuhwe nk’uko nazikugiriye?’

34 Shebuja ararakara amwegurira abo kumwica urubozo, kugeza igihe azaba amaze kwishyura umwenda arimo.”

35 Yezu yungamo ati: “Nguko uko Data uri mu ijuru azagirira buri wese muri mwe, natababarira mugenzi we abikuye ku mutima.”

—https://api-cdn.youversionapi.com/audio-bible-youversionapi/126/32k/MAT/18-05578c0c4d784e31b9ce8f23ed088a92.mp3?version_id=387—

Categories
Matayo

Matayo 19

Ibyo gutandukana kw’abashakanye

1 Nuko Yezu amaze kuvuga ayo magambo ava muri Galileya, ajya mu gice cy’intara ya Yudeya iri iburasirazuba bw’uruzi rwa Yorodani.

2 Imbaga nyamwinshi y’abantu bamukurikirayo, maze abarwayi babo arabakiza.

3 Abafarizayi baza aho ari kugira ngo bamutegere mu byo avuga, baramubaza bati: “Mbese biremewe ko umugabo yirukana umugore we ku mpamvu ibonetse yose?”

4 Arabasubiza ati: “Mbese ntimwasomye ko mbere na mbere igihe Imana yaremaga yaremye abantu, umugabo n’umugore?

5 Nyuma yaravuze iti: ‘Ni cyo gituma umugabo azasiga se na nyina akabana n’umugore we akaramata, bombi bakaba umuntu umwe’,

6 ku buryo baba batakiri babiri ahubwo baba babaye umuntu umwe. Nuko rero ntihakagire umuntu utandukanya abo Imana yafatanyije.”

7 Abafarizayi baramubaza bati: “None se ni kuki Musa yategetse umugabo guha umugore we urwandiko rwemeza ko amusenze, akabona kumwirukana?”

8 Arabasubiza ati: “Igituma Musa yabemereye gukora ibyo ni ukubera imitima yanyu inangiye. Ariko mbere na mbere si uko byahoze.

9 Naho jye mbabwiye ko umugabo wese wirukana umugore we bitavuye ku kubana kutemewe n’Amategekomaze akazana undi, aba asambanye.”

10 Abigishwa baramubwira bati: “Niba imibanire y’umugabo n’umugore ari iyo, icyarutaho ni ukudashaka!”

11 Yezu ni ko kubabwira ati: “Erega si bose bashobora kwakira iyo nyigisho, keretse abayigenewe!

12 Hariho bamwe batabasha kurongora kuko bavutse ari ibiremba. Hari abandi batabibasha kuko bagizwe batyo n’abantu. Hariho n’abandi babyigomwa ubwabo kubera ubwami bw’ijuru. Ubasha kumva iryo jambo naryumve.”

Yezu yakira abana bato

13 Abantu bazanira Yezu abana bato kugira ngo abarambikeho ibiganza abasengere, maze abigishwa be barabacyaha.

14 Yezu ni ko kubabwira ati: “Nimureke abana bato bansange, mwibabuza kuko ubwami bw’ijuru ari ubw’abameze nka bo.”

15 Amaze kubarambikaho ibiganza ava aho hantu.

Umusore w’umukungu asanga Yezu

16 Hari ubwo umuntu yasanze Yezu aramubaza ati: “Mwigisha, mbese ibyiza nakora ni ibihe kugira ngo mpabwe ubugingo buhoraho?”

17 Yezu aramusubiza ati: “Kuki umbaza ibyiza ugomba gukora? Imana yonyine ni yo nziza, niba ushaka kubona ubugingo buhoraho ujye ukurikiza Amategeko yayo.”

18 Undi aramubaza ati: “Ayahe?”

Yezu ati: “Ntukice, ntugasambane, ntukibe, ntukabeshyere abandi,

19 wubahe so na nyoko kandi ujye ukunda mugenzi wawe nk’uko wikunda.”

20 Uwo musore aramubwira ati: “Ayo yose narayakurikije. Ikindi nshigaje ni iki?”

21 Yezu aramusubiza ati: “Niba ushaka kuba indakemwa koko, genda ugurishe ibyo utunze ibivuyemo ubihe abakene, ni bwo uzaba ufite ubutunzi mu ijuru, maze uze unkurikire.”

22 Uwo musore yumvise iryo jambo agenda ashavuye, kuko yari afite ibintu byinshi.

23 Yezu abwira abigishwa be ati: “Ndababwira nkomeje ko biruhije ko umukungu yinjira mu bwami bw’ijuru.

24 Nongere kandi mbabwire: icyoroshye ni uko ingamiya yanyura mu mwenge w’urushinge, kuruta ko umukungu yakwinjira mu bwami bw’Imana.”

25 Abigishwa babyumvise baratangara cyane bagira bati: “Mbese noneho ni nde ubasha kurokoka?”

26 Yezu arabitegereza arababwira ati: “Koko ku bantu ntibishoboka, ariko ku Mana byose birashoboka.”

27 Nuko Petero aramubaza ati: “Mbese nkatwe ko twasize byose tukagukurikira, bizagenda bite?”

28 Yezu arababwira ati: “Ndababwira nkomeje ko igihe ibintu byose bizaba bihinduwe bishya, Umwana w’umuntu azicara ku ntebe ya cyami ahabwe ikuzo. Icyo gihe mwebwe mwankurikiye namwe muzicara ku ntebe cumi n’ebyiri za cyami, mucire imanza imiryango cumi n’ibiri y’Abisiraheli.

29 Umuntu wese wasize amazu cyangwa abavandimwe, cyangwa se cyangwa nyina, cyangwa abana cyangwa amasambu kubera jye, azahabwa ibiruta ibyo incuro ijana kandi ahabwe ubugingo buhoraho.

30 Ikindi kandi benshi mu b’imbere bazaba ab’inyuma, na benshi mu b’inyuma babe ab’imbere.

—https://api-cdn.youversionapi.com/audio-bible-youversionapi/126/32k/MAT/19-e87f0c3d2fa8cdc9eb1fa67510262961.mp3?version_id=387—

Categories
Matayo

Matayo 20

Abakozi bahembwe kimwe

1 “Iby’ubwami bw’ijuru wabigereranya n’umukungu wazindutse kare, ararika abantu bo kumukorera mu biti bye by’imizabibu.

2 Amaze gusezerana na bo igihembo gisanzwe cy’umubyizi, abohereza gukora mu mizabibu ye.

3 Asohotse saa tatu abona abandi bantu bahagaze ku isoko nta cyo bakora,

4 arababwira ati: ‘Namwe nimujye mu mizabibu yanjye mukore, ndabahemba uko bikwiye.’

5 Nuko baragenda. Yongeye gusohoka saa sita na saa cyenda, na bwo abigenza atyo.

6 Na none nka saa kumi n’imwe yongera gusohoka, asanga abandi bahagaze aho arababaza ati: ‘Kuki mwahagaze aho umunsi wose nta cyo mukora?’

7 Baramusubiza bati: ‘Ni uko nta waduhaye akazi.’ Na we ati: ‘Namwe nimujye mu mizabibu yanjye.’

8 “Nimugoroba nyir’imizabibu abwira umukoresha we ati: ‘Hamagara abakozi baze ubahembe, uhereye ku baje nyuma kugeza ku ba mbere.’

9 Nuko abatangiye nka saa kumi n’imwe baraza, buri muntu ahabwa igihembo cy’umubyizi.

10 Aba mbere na bo baraza batekereza ko ari bubarengerezeho, ariko na bo abahembera umubyizi.

11 Bakira ibihembo bitotombera nyir’imizabibu bati:

12 ‘Bariya baje nyuma bakora isaha imwe gusa, none tunganyije igihembo kandi twe twatangiye bugicya, izuba ry’umunsi wose rikaturengeraho!’

13 “Ni bwo asubije umwe muri bo ati: ‘Mugenzi wanjye, nta cyo nkurenganyijeho. Mbese si igihembo cy’umubyizi twasezeranye?

14 Fata ibyawe ugende. Koko nshatse guha uyu waje nyuma igihembo kingana n’icyawe.

15 Mbese hari icyambuza gukora icyo nshatse mu byanjye? Cyangwa undebye nabi kuko ngize ubuntu?’ ”

16 Nuko Yezu ati: “Uko ni ko aba nyuma bazaba aba mbere, n’aba mbere bakaba aba nyuma.”

Yezu avuga ubwa gatatu ko azapfa akazuka

17 Yezu azamutse ajya i Yeruzalemu, yihererana n’abigishwa be cumi na babiri. Bakigenda arababwira ati:

18 “Dore tugiye i Yeruzalemu, Umwana w’umuntu azashyikirizwa abakuru bo mu batambyi n’abigishamategeko, bamucire urubanza rwo gupfa.

19 Bazamugabiza abanyamahangabamushinyagurire, bamukubite ibiboko bamubambe ku musaraba, maze ku munsi wa gatatu azuke.”

Nyina wa Yakobo na Yohani abasabira ubutoni

20 Nuko nyina wa bene Zebedeyi ari kumwe n’abahungu be, asanga Yezu aramupfukamira agira ngo agire icyo amusaba.

21 Yezu aramubaza ati: “Mbese urashaka iki?”

Na we ati: “Tegeka ko aba bana banjye bombi bazicarana nawe, umwe iburyo undi ibumosoigihe uzaba wimye ingoma.”

22 Yezu arasubiza ati: “Ntimuzi icyo musaba. Mbese mwashobora kunywera ku gikombe cy’umubabarongomba kunywa?”

Baramusubiza bati: “Twabishobora.”

23 Arababwira ati: “Ni koko igikombe cyanjye muzakinyweraho, naho gutanga ibyicaro iburyo cyangwa ibumoso bwanjye si jye ubigaba, ahubwo Data afite abo yabigeneye.”

24 Bagenzi babo uko ari icumi babyumvise, barakarira abo bavandimwe bombi.

25 Yezu arabarembuza arababwira ati: “Muzi ko abategeka amahanga bayatwaza igitugu, kandi n’abakomeye bo muri yo bakayabuza epfo na ruguru.

26 Ariko muri mwe ntibikagende bityo. Ahubwo ushaka kuba mukuru muri mwe agomba kujya abakorera,

27 kandi ushaka kuba uw’imbere muri mwe agomba kuba umugaragu wanyu.

28 Ni na ko Umwana w’umuntu atazanywe no gukorerwa, ahubwo yazanywe no gukorera abandi no kubapfira, kugira ngo abe incungu ya benshi.”

Yezu ahumūra impumyi ebyiri

29 Bavuye i Yeriko imbaga y’abantu benshi ikurikira Yezu.

30 Nuko impumyi ebyiri zikaba zicaye iruhande rw’inzira. Zumvise ko Yezu aje zirangurura amajwi ziti: “Nyagasani Mwene Dawidi, tugirire impuhwe!”

31 Abantu barazicyaha ngo ziceceke, ariko zo zirushaho kurangurura ziti: “Nyagasani Mwene Dawidi, tugirire impuhwe!”

32 Yezu arahagarara ahamagara izo mpumyi, arazibaza ati: “Murashaka ko mbakorera iki?”

33 Ziramusubiza ziti: “Nyagasani, uduhumūre!”

34 Yezu azigirira impuhwe azikora ku maso, uwo mwanya zirahumuka ziherako ziramukurikira.

—https://api-cdn.youversionapi.com/audio-bible-youversionapi/126/32k/MAT/20-b5c3dac62d01d0de085b35b8266914b2.mp3?version_id=387—

Categories
Matayo

Matayo 21

Yezu agera i Yeruzalemu

1 Begereye i Betifage ku Musozi w’Iminzenze uteganye na Yeruzalemu, Yezu atuma babiri mu bigishwa be

2 ati: “Mujye muri ziriya ngo, nimuhagera murahita mubona indogobe iziritse hamwe n’iyayo, muziziture muzinzanire.

3 Nihagira ubabaza impamvu mumubwire muti: ‘Ni Databuja uzikeneye kandi arazigarura vuba.’ ”

4 Kwari ukugira ngo bibe nk’uko byavuzwe n’umuhanuzi ngo:

5 “Nimubwire abaturage b’i Siyoni muti:

‘Dore umwami wanyu aje abasanga,

yicishije bugufi ahetswe n’indogobe,

ndetse ahetswe n’icyana cyayo.’ ”

6 Abigishwa baragenda bakora uko Yezu yabategetse,

7 bazana indogobe n’icyana cyayo, bazisasaho imyitero yabo maze Yezu ayicaraho.

8 Imbaga nyamwinshi y’abantu bari aho barambura imyitero yabo mu nzira, abandi baharambika amashami y’ibiti baciye.

9 Nuko imbaga y’abantu bari kumwe na we, bamwe imbere abandi inyuma, barangurura amajwi bati:

“Hozana! Harakabaho Mwene Dawidi!

Hasingizwe uje mu izina rya Nyagasani!

Mu ijuru nibasingize Imana bati: ‘Hozana!’ ”

10 Yezu yinjiye muri Yeruzalemu umujyi wose urakangarana, abantu bakabaza bati: “Mbese uyu ni nde?”

11 Rubanda bati: “Ni Yezu wa muhanuzi w’i Nazareti muri Galileya.”

Yezu yirukana abacururizaga mu Ngoro y’Imana

12 Nuko Yezu yinjira mu rugo rw’Ingoro y’Imana, amenesha abacuruzaga n’abaguraga ahasanze. Ahirika ameza y’abavunjagaamafaranga n’intebe z’abacuruzaga inuma.

13 Nuko arababwira ati: “Ibyanditswe biravuga ngo ‘Inzu yanjye izitwa Inzu yo gusengeramo’, naho mwe mwayigize indiri y’abajura.”

14 Nuko impumyi n’abacumbagira bamusanga mu rugo rw’Ingoro y’Imana maze arabakiza.

15 Abakuru bo mu batambyi n’abigishamategeko bararakara babonye ibitangaza akoze, babonye n’abana basakuriza mu rugo rw’Ingoro y’Imana bavuga bati: “Hozana! Harakabaho Mwene Dawidi!”.

16 Ni ko kubwira Yezu bati: “Aho ntiwiyumvira ibyo bavuga?”

Arabasubiza ati: “Yee, ndabyumva. Ariko se ntimwasomye Ibyanditswe ngo ‘Wateganyije ko ibitambambuga n’abana bonka bagusingiza’ ”

17 Nuko abasiga aho ava mu mujyi, yerekeza i Betaniya ararayo.

Yezu avuma igiti cy’umutini

18 Kare mu gitondo Yezu ari mu nzira asubira mu mujyi arasonza.

19 Arabukwa igiti cy’umutini kiri ku nzira. Akigeze iruhande asanga ari amababi masa maze arakibwira ati: “Ntukere imbuto ukundi!” Ako kanya icyo giti kiruma.

20 Abigishwa be babibonye baratangara baramubaza bati: “Kiriya giti cyumye gite aka kanya?”

21 Yezu arabasubiza ati: “Ndababwira nkomeje. Mwizeye Imana mudashidikanya ntimwakora ibyo nkoreye uyu mutini gusa ahubwo mwashobora no kubwira uriya musozi muti: ‘Shyiguka aho wirohe mu nyanja’, maze bikaba bityo.

22 Rwose nimusenga mwizeye Imana, icyo muzasaba cyose muzagihabwa.”

Ubushobozi bwa Yezu buva he?

23 Nuko Yezu yinjira mu rugo rw’Ingoro y’Imana. Abakuru bo mu batambyi n’abakuru b’imiryango y’Abayahudi bajya aho yari ari yigisha, baramubaza bati: “Uvana he ubushobozi bwo gukora ibyo ukora? Ni nde wabuguhaye?”

24 Yezu arabasubiza ati: “Nanjye reka ngire icyo mbibariza kimwe gusa, nimunsubiza ndabona kubabwira aho nkura ubushobozi bwo kubikora.

25 Mbese Yohani yatumwe na nde kubatiza? Ni Imana cyangwa se ni abantu?”

Bajya inama bati: “Nituvuga ko yatumwe n’Imana, aratubaza ati: ‘Kuki mutamwemeye?’

26 Na none kandi nituvuga ko yatumwe n’abantu, ntidukira rubanda kuko bose bemera ko Yohani yari umuhanuzi.”

27 Nuko basubiza Yezu bati: “Ntitubizi.”

Yezu ni ko kubabwira ati: “Nanjye rero simbabwiye aho nkura ubushobozi bwo gukora ibyo nkora.”

Umugani w’umugabo n’abana be babiri

28 “Mbese iby’uyu mugani mubivugaho iki? Habayeho umugabo akagira abahungu babiri. Asanga uwa mbere aramubwira ati: ‘Mwana wanjye, uyu munsi ujye gukorera ibiti by’imizabibu.’

29 Nuko aramusubiza ati: ‘Ndanze’, nyuma yisubiraho ajyayo.

30 Wa mubyeyi asanga n’uwa kabiri na we amubwira atyo. Uwo we ahita amusubiza ati: ‘Ndajyayo mubyeyi’, nyamara ntiyagenda.

31 Mbese muri abo bombi ni nde wakoze ibyo se ashaka?”

Baramusubiza bati: “Ni uwa mbere.”

Yezu arababwira ati: “Ndababwira nkomeje ko abasoresha n’indaya bazabatanga kwinjira mu bwami bw’Imana.

32 Yohani yazanywe no kubayobora inzira y’ubutungane ntimwamwemera. Abasoresha n’indaya bo baramwemera naho mwe murabireba, ariko ntimwihana ngo mumwemere.

Umugani w’abahinzi b’abagome

33 “Nimwumve n’undi mugani. Habayeho umugabo wari afite umurima, awuteramo ibiti by’imizabibu awuzengurutsa uruzitiro, acukuramo urwengero yubakamo n’umunara w’abarinzi, maze uwo murima awātira abahinzi. Birangiye ajya mu rugendo.

34 Igihe cy’isarura kigeze atuma abagaragu kuri ba bahinzi, kugira ngo bamuhe icyatamurima ku mbuto basaruye.

35 Nuko abahinzi basumira abo bagaragu, umwe baramukubita undi baramwica, undi bamutera amabuye.

36 Arongera yohereza abandi bagaragu baruta aba mbere ubwinshi, na bo babagenza batyo.

37 Ubwa nyuma abatumaho umuhungu we yibwira ati: ‘Umwana wanjye ntibazamwubahuka.’

38 Abahinzi babonye uwo mwana baravugana bati: ‘Dore uwarazwe ibintu araje! Nimuze tumwice maze ibye byose bibe ibyacu.’

39 Baramusumira, bamukurubana inyuma y’uruzitiro baramwica.

40 “Mbese nk’ubwo igihe nyir’imizabibu azagarukira, mubona azagenza ate abo bahinzi?”

41 Baramubwira bati: “Abo bagome azabatsemba, maze imizabibu ayishyiremo abandi bazajya bamuha ibye uko isarura rigeze.”

42 Yezu arababaza ati: “Mbese ntimwasomye Ibyanditswe? Biravuga ngo

‘Ibuye abubatsi banze,

ni ryo ryabaye insanganyarukuta.

Ibyo ni Nyagasani wabikoze,

none bitubereye igitangaza!’

43 Ni cyo gituma mbabwira ko muzanyagwa ubwami bw’Imana, bugahabwa abandi bakora imirimo ikwiranye n’ubwo bwami. [

44 Umuntu wese uzagwa kuri iryo buye azavunagurika, ariko uwo rizagwira rizamujanjagura.”]

45 Abakuru bo mu batambyi n’Abafarizayi bumvise imigani ye, bamenya ko ari bo avuga.

46 Nuko bashaka uburyo bamufata ariko batinya rubanda, kuko bo bemezaga ko ari umuhanuzi.

—https://api-cdn.youversionapi.com/audio-bible-youversionapi/126/32k/MAT/21-d2ba751fc42ff44389d161ee9ebbcd8f.mp3?version_id=387—

Categories
Matayo

Matayo 22

Umugani w’ibirori by’ubukwe

1 Yezu yongera kuvugana n’abantu akoresheje imigani agira ati:

2 “Iby’ubwami bw’ijuru wabigereranya n’umwami wacyuje ubukwe bw’umuhungu we.

3 Nuko atuma abagaragu be guhamagara abatumiwe mu bukwe, maze banga kuza.

4 Arongera atuma abandi bagaragu kubwira abatumiwe ngo: ‘Dore nateguye amazimano, nabagishije ibimasa byanjye n’andi matungo y’imishishe. Byose byateguwe nimuze mu bukwe.’

5 Ariko bo ntibabyitaho barigendera, umwe ajya mu murima we undi mu bucuruzi bwe.

6 Abasigaye basumira abagaragu b’umwami, babagirira nabi barabica.

7 Noneho umwami ararakara atuma ingabo ze zitsemba abo bicanyi, zitwika ibigo byabo.

8 “Nyuma abwira abagaragu be ati: ‘Iby’ubukwe byateguwe, ariko abatumiwe ntibari babikwiye.

9 Nuko rero nimujye amayira ahurira, mutumire mu bukwe abantu bose muri bubone.’

10 Abagaragu bahita bagenda bakwira amayira, bakoranya abo babonye bose ari abeza ari ababi. Nuko inzu y’ubukwe yuzura abatumirwa.

11 “Umwami aherako arinjira agira ngo arebe abatumirwa be, maze ahabona umuntu utambaye umwambaro w’ubukwe.

12 Aramubaza ati: ‘Mugenzi wanjye, waje hano ute udafite umwambaro w’ubukwe?’ Undi araceceka.

13 Nuko umwami abwira abahereza ati: ‘Nimumubohe amaboko n’amaguru mumujugunye hanze mu mwijima, ni ho bazaririra bagahekenya amenyo.’ ”

14 Yezu yungamo ati: “Erega hahamagarwa benshi hagatoranywa bake!”

Umusoro w’umwami w’i Roma

15 Nuko Abafarizayi baragenda, bajya inama y’uburyo bari bufatire Yezu mu byo avuga.

16 Bamutumaho abigishwa babo hamwe n’abo mu ishyaka rya Herodibati: “Mwigisha, tuzi ko uri umunyakuri kandi ko wigisha abantu inzira y’Imana mu kuri nta cyo utinya, kuko ufata abantu bose kimwe.

17 Ngaho rero tubwire rero: mbese ibi ubyumva ute? Ese ni ngombwa ko dutanga umusoro w’umwami w’i Roma, cyangwa si ngombwa?”

18 Nuko Yezu wari uzi ubugome bwabo arababaza ati: “Mwa ndyarya mwe, kuki muntega iyo mitego?

19 Nimunyereke igicerimutanga ho umusoro.” Bakimuzaniye,

20 arababaza ati: “Iyi shusho n’iri zina biriho ni ibya nde?”

21 Baramusubiza bati: “Ni iby’umwami w’i Roma.”

Yezu arababwira ati: “Nuko rero iby’umwami w’i Roma mubihe umwami w’i Roma, n’iby’Imana mubihe Imana.”

22 Babyumvise batyo baratangara, bamusiga aho barigendera.

Ikibazo cyerekeye izuka ry’abapfuye

23 Uwo munsi Abasaduseyi (abo ni bo bavuga ko kuzuka bitabaho) basanga Yezu baramubwira bati:

24 “Mwigisha, Musa yaravuze ngo niba umuntu apfuye agasiga umugore batarabyarana, umugabo wabo ajye amucyura acikure nyakwigendera.

25 Iwacu rero habayeho abavandimwe barindwi. Uwa mbere ashaka umugore apfa nta mwana babyaranye, maze murumuna we acyura uwo mugore.

26 Uwa kabiri na we biba bityo, n’uwa gatatu kugeza ku wa karindwi, bose bapfa ntawe umubyayeho umwana.

27 Amaherezo umugore na we arapfa.

28 Mbese igihe abantu bazazuka uwo mugore azaba muka nde, ko bose uko ari barindwi bazaba baramutunze?”

29 Yezu arabasubiza ati: “Mwarayobye, kuko mutamenye Ibyanditswe ntimumenye n’ububasha bw’Imana.

30 Erega mu gihe cy’izuka ntawe uzagira umugore, nta n’uzagira umugabo. Ahubwo bazamera nk’abamarayika bo mu ijuru.

31 Ku byerekeye izuka ry’abapfuye, mbese ntimwasomye ijambo Imana yababwiye iti:

32 ‘Ndi Imana ya Aburahamu n’Imana ya Izaki n’Imana ya Yakobo?’ Erega Imana si iy’abapfuye, ahubwo ni iy’abazima!”

33 Nuko rubanda babyumvise batangarira izo nyigisho ze.

Amategeko abiri y’ingenzi

34 Abafarizayi bumvise ko Abasaduseyi babuze icyo basubiza Yezu, bahita bakoranira aho ari.

35 Umwe muri bo wari umuhanga mu by’Amategeko ashatse kumutegera mu byo avuga, aramubaza ati:

36 “Mwigisha, mu Mategeko yose iry’ingenzi ni irihe?”

37 Yezu aramusubiza ati: “ ‘Ukunde Nyagasani Imana yawe n’umutima wawe wose n’ubuzima bwawe bwose, n’ubwenge bwawe bwose.’

38 Iryo ni ryo tegeko ry’ingenzi riruta ayandi yose.

39 Irya kabiri rimeze nka ryo ni iri: ‘Ujye ukunda mugenzi wawe nk’uko wikunda.’

40 Ayo mategeko yombi ni yo shingiro ry’Amategeko yose n’ibyanditswe n’abahanuzi.”

Ibya Kristo ukomoka kuri Dawidi

41 Abafarizayi bamaze gukorana, Yezu arababaza ati:

42 “Ibya Kristo mubyumva mute? Ni mwene nde?”

Baramusubiza bati: “Ni mwene Dawidi.”

43 Yezu ati: “Bishoboka bite, kandi Dawidi ubwe abihishuriwe na Mwuka w’Imana, yaravuze ko Kristo ari umwami we igihe yagiraga ati:

44 ‘Nyagasani yabwiye Umwami wanjye ati:

“Icara ku ntebe ya cyami iburyo bwanjye,

nanjye nzashyira abanzi bawe munsi y’ibirenge byawe.” ’

45 None se ubwo Dawidi yita Kristo umwami we, Kristo yaba ate kandi umwana we?”

46 Nuko ntihagira ubasha kugira icyo amusubiza, ndetse kuva uwo munsi nta wongeye kumuhangara agira icyo amubaza.

—https://api-cdn.youversionapi.com/audio-bible-youversionapi/126/32k/MAT/22-15823c8c3b4bf83b65df978cdb7eee01.mp3?version_id=387—

Categories
Matayo

Matayo 23

Ibyaha by’abigishamategeko n’Abafarizayi

1 Nyuma y’ibyo Yezu abwira imbaga y’abantu hamwe n’abigishwa be ati:

2 “Abigishamategeko n’Abafarizayi ni bo basimbuye Musa mu gusobanura Amategeko.

3 Nuko rero ntimukabure gukora ibyo bababwira byose, nyamara muzirinde gukora ibyo bakora, kuko ibyo bavuga atari byo bakora.

4 Bahambirira abantu imitwaro iremereye bakayibashyira ku ntugu, nyamara bo bakaba batakwemera kuyikozaho n’urutoki.

5 Byose babikorera kwibonekeza, ni cyo gituma bakunda kongēra udufuka batwaramo udupapuro tw’Ibyanditswe,kandi bagahinura incundaz’amakanzu yabo bakazigira ndende.

6 Bakunda ibyicaro by’imbere aho batumiwe, n’intebe z’icyubahiro mu nsengero.

7 Bakunda kuramukirizwa aho abantu bateraniye no kumva abantu babita ‘Mwigisha’.

8 Mwe ntimugakunde ko babita ‘Mwigisha’, kuko Umwigisha wanyu ari umwe gusa naho mwebwe mwese mukaba muri abavandimwe.

9 Ntimukagire uwo mwita ngo ‘data’ kuri iyi si, kuko So ari umwe kandi akaba mu ijuru.

10 Ntimukemere kandi ko babita abatware, kuko umutware wanyu ari umwe gusa, ni Kristo.

11 Umukuru muri mwe nabe umugaragu wa bagenzi be.

12 Uwishyira hejuru wese azacishwa bugufi, naho uwicisha bugufi azashyirwa hejuru.

Abigishamategeko n’Abafarizayi bazabona ishyano

13 “Muzabona ishyano mwa ndyarya mwe z’abigishamategeko n’Abafarizayi, kuko mukingirana abantu mukababuza kwinjira mu bwami bw’ijuru, ubwanyu ntimwinjire kandi abashaka kwinjira mukabakumira. [

14 Muzabona ishyano mwa ndyarya mwe z’abigishamategeko n’Abafarizayi, kuko murya ingo z’abapfakazi nyamara mukiha kuvuga amasengesho y’urudaca. Ni cyo gituma muzacirwa urubanza rukaze kurusha abandi.]

15 “Muzabona ishyano mwa ndyarya mwe z’abigishamategeko n’Abafarizayi, kuko mucuragana mu nyanja no mu bihugu muhirimbanira kugira uwo mwemeza idini, mwamara kumushyikira mukamuhindura uwo kurohwa mu nyenga y’umuriro, ndetse biruse ibyanyu incuro ebyiri.

16 “Muzabona ishyano bayobozi muhumye muvuga ngo, niba umuntu arahiye ashingiye ku Ngoro y’Imana nta cyo bivuze, ariko yaba arahiye ashingiye ku izahabu yo mu Ngoro ngo ni bwo aba akomeje.

17 Mwa bapfu mwe b’impumyi, mbese ikiruta ikindi ni ikihe, ni iyo zahabu, cyangwa ni Ingoro yubahiriza iyo zahabu?

18 Ubundi kandi muravuga ngo, niba umuntu arahiye ashingiye ku rutambiro nta cyo bivuze, ariko yaba arahiye ashingiye ku ituro riri ku rutambiro ngo ni bwo aba akomeje.

19 Ni ko mwa mpumyi mwe, ikiruta ikindi ni ikihe, ni ituro, cyangwa ni urutambiro rwubahiriza iryo turo?

20 Urahiye ashingiye ku rutambiro, aba arahiye arushingiyeho hamwe n’ibiruteretsweho byose.

21 Urahiye ashingiye ku Ngoro y’Imana, aba arahiye ayishingiyeho hamwe n’Uyituyemo.

22 Urahiye ashingiye ku ijuru, na we aba arahiye ashingiye ku ntebe ya cyami y’Imana no ku Mana iyicayeho.

23 “Muzabona ishyano mwa ndyarya mwe z’abigishamategeko n’Abafarizayi, mutanga na kimwe cya cumicy’isogi n’icy’imbwija n’icy’inyabutongo, ariko mukirengagiza ingingo z’ingenzi z’Amategeko, ari zo ubutabera n’impuhwe n’umurava. Ibyo ni byo mwagombaga gukora mutaretse n’ibyo bindi.

24 Mwa bayobozi muhumye mwe, muminina umubu mu byo munywa, nyamara ingamiya mukayimira bunguri!

25 “Muzabona ishyano mwa ndyarya mwe z’abigishamategeko n’Abafarizayi, mumeze nk’ibikombe n’amasahane boza inyuma gusa, kuko imbere mwuzuye ubwambuzi no kutifata.

26 Mufarizayi uhumye, banza woze igikombe imbere, ni bwo n’inyuma hazaba hasukuye.

27 “Muzabona ishyano mwa ndyarya mwe z’abigishamategeko n’Abafarizayi, mumeze nk’imva zisīze ingwa, ugasanga inyuma ari nziza nyamara imbere huzuye amagufwa y’abapfuye, n’ibihumanya by’ubwoko bwose.

28 Namwe ni nk’uko mugaragariza abantu ko muri intungane, nyamara imbere mwuzuye uburyarya n’ubugome.

Ibihano by’Abafarizayi n’abigishamategeko

29 “Muzabona ishyano mwa ndyarya mwe z’abigishamategeko n’Abafarizayi, kuko mwubakira imva z’abahanuzi kandi mugashyira imitāko ku bituro mwubakiye intungane z’Imana zapfuye.

30 Mukavuga ngo: ‘Iyo tuba twarabayeho mu gihe cya ba sogokuruza, ntituba twarafatanyije na bo kwica abahanuzi.’

31 Bityo mukaba muhamya ubwanyu ko mukomoka ku babishe.

32 Ngaho namwe nimurangize ibyo ba sokuruza batangiye!

33 Yemwe mwa nzoka mwe, mwa rubyaro rw’impiri mwe, muzarokoka mute igihano cyo kujugunywa mu nyenga y’umuriro?

34 Dore nzaboherereza abahanuzi n’abanyabwenge n’abigisha, bamwe muzabica mubabambe ku musaraba, abandi muzabakubitira mu nsengero zanyu, kandi muzabatoteza mubirukane no mu mijyi bahungiyemo.

35 Bityo muzaryozwa amaraso y’intungane zose yamenetse ku isi, uhereye ku maraso ya Abeli w’intungane, kugeza ku ya Zakariyamwene Barakiya mwatsinze hagati y’Ingoro y’Imana n’urutambiro rwayo.

36 Ndababwira nkomeje ko ibyo byose ab’iki gihe bazabiryozwa.

Yezu aterwa agahinda n’ibya Yeruzalemu

37 “Yeruzalemu! Yeruzalemu! Wica abahanuzi kandi ukicisha amabuye abagutumweho! Ni kangahe nashatse gukorakoranya abana bawe nk’uko inkoko ibundikira imishwi yayo mu mababa, ariko ntimunkundire!

38 Dore iwanyu hagiye gusigara ari itongo.

39 Reka mbabwire: ntimuzongera kumbona kugeza igihe muzavuga muti: ‘Hasingizwe uje mu izina rya Nyagasani!’ ”

—https://api-cdn.youversionapi.com/audio-bible-youversionapi/126/32k/MAT/23-a90e2ec4c1a3047f5bb0e7d4a0f3492a.mp3?version_id=387—

Categories
Matayo

Matayo 24

Yezu ahanura ko Ingoro y’Imana izasenywa

1 Yezu ava mu Ngoro y’Imana aragenda, abigishwa be baramwegera kugira ngo bamuratire imyubakire myiza y’iyo Ngoro.

2 Nuko arababwira ati: “Aho ntimureba biriya byose? Ndababwira nkomeje ko aha nta buye rizasigara rigeretse ku rindi, byose bizasenywa!”

Amakuba azaba ku isi mu minsi y’imperuka

3 Nyuma yicaye ku Musozi w’Iminzenze, abigishwa bamusanga ahiherereye baramubaza bati: “Tubwire igihe ibyo bizabera, n’ikimenyetso kizaranga ukuza kwawe n’icy’iherezo ry’isi.”

4 Yezu arabasubiza ati: “Muramenye ntihazagire ubayobya,

5 kuko hazaduka benshi biyita izina ryanjye bavuga bati: ‘Ni jye Kristo’, kandi bazayobya benshi.

6 Mugiye kuzumva urusaku rw’intambara ziri hafi n’amakuru y’intambara za kure. Muramenye ntibizabakure umutima. Ibyo bizagomba kuba ariko si byo herezo.

7 Igihugu kizarwana n’ikindi, kandi umwami atere undi mwami. Hirya no hino hazaba inzara n’imitingito y’isi.

8 Ibyo byose bizaba bimeze nk’imigendo ibanziriza ibise by’umugore.

9 “Ubwo ni bwo bazabagabiza ababababaza kandi bakabica. Muzangwa n’amahanga yose babampōra.

10 Ibyo bizaca benshi intege, bitume bagambanirana bangane.

11 Hazaduka n’abahanurabinyoma batari bake, bayobye abantu benshi.

12 Kuko ubugome buzaba bwiyongereye, urukundo rwa benshi ruzayoyoka,

13 ariko uzihangana akageza ku munsi w’imperuka azarokoka.

14 Ubu Butumwa bwiza bw’ubwami bw’ijuru buzamamazwa ku isi yose bubere amahanga yose ubuhamya, noneho rero imperuka igere.

Yudeya izagusha ishyano

15 “Nimubona cya ‘Giterashozi kirimbuzi’ cyavuzwe n’umuhanuzi Daniyeli gihagaze mu Ngoro y’Imana – usoma ibi abyumve neza –

16 icyo gihe abazaba bari muri Yudeya bazahungire mu misozi.

17 Uzaba ari hejuru y’inzuaramenye ntazamanuke ngo yinjire mu nzu agire icyo avanamo.

18 N’uzaba ari mu murima ntazasubire imuhira gushaka umwitero we.

19 Hagowe abazaba batwite cyangwa bonsa muri iyo minsi.

20 Musabe Imana kugira ngo uko guhunga kwanyu kutazaba mu mezi y’imbeho cyangwa ku isabato,

21 kuko icyo gihe hazaba amakuba akabije atigeze abaho kuva isi yaremwa kugeza ubu, kandi atazongera kubaho ukundi.

22 Iyo Imana itagabanya iyo minsi nta wari kuzarokoka. Ariko kubera abo yitoranyirije iyo minsi izagabanywa.

23 “Icyo gihe nihagira ubabwira ati: ‘Dore nguyu Kristo’, cyangwa ati: ‘Nguriya’ ntimuzabyemere.

24 Hazaduka abiyita Kristo n’abiyita abahanuzi. Bazerekana ibimenyetso bikomeye bakore n’ibitangaza, ku buryo byayobya n’abo Imana yitoranyirije bibaye ibishoboka.

25 Dore mbibamenyesheje bitaraba.

26 “Nuko rero nibababwira bati: ‘Dore ageze mu butayu’ ntimuzajyeyo, cyangwa bati: ‘Dore ari mu mbere ariherereye’ ntimuzabyemere.

27 Uko umurabyo urabiriza iburasirazuba ako kanya ukabonekera n’iburengerazuba, ni ko no kuza k’Umwana w’umuntu kuzaba.

28 “Aho intumbi izaba hose ni ho inkongoro zizakoranira.

Ukuza k’Umwana w’umuntu

29 “Bidatinze, nyuma y’imibabaro yo muri iyo minsi, izuba rizijima n’ukwezi kwe kumurika, inyenyeri zihanantuke ku ijuru, n’ibinyabubasha byo mu ijuru bihungabane.

30 Ubwo ni bwo mu ijuru hazagaragara ikimenyetso kiranga ukuza k’Umwana w’umuntu. Amoko yose yo ku isi azacura imiborogo, maze abone Umwana w’umuntu aje ku bicu byo ku ijuru, afite ububasha n’ikuzo byinshi.

31 Azatuma abamarayika be bavuza impanda nyamunini, bakoranye abo yitoranyirije babavane iburasirazuba n’iburengerazuba, mu majyaruguru no mu majyepfo, kuva aho ijuru ritangirira kugera mu mpera zaryo.

Ikigereranyo cy’igiti cy’umutini

32 “Murebere ku giti cy’umutini kibabere urugero: iyo mubonye amashami yacyo atoshye akameraho ibibabi, mumenya ko impeshyi yegereje.

33 Ni na ko rero igihe muzabona ibyo byose muzamenya ko Umwana w’umuntu ari hafi, ndetse ko ageze ku irembo.

34 Ndababwira nkomeje ko ab’iki gihe batazashira ibyo byose bitabaye.

35 Ijuru n’isi bizashira, ariko amagambo yanjye azahoraho.

Nta wuzi igihe bizabera

36 “Icyakora umunsi n’isaha bizabera ntawe ubizi, habe n’abamarayika bo mu ijuru cyangwa Umwana w’Imana, bizwi na Data wenyine.

37 Nk’uko byagenze mu gihe cya Nowa, ni ko bizaba no mu gihe cyo kuza k’Umwana w’umuntu.

38 Muri iyo minsi yabanjirije umwuzure, bararyaga bakanywa bagashyingirwa, kugeza umunsi Nowa yinjiriye muri bwa bwato bunini.

39 Abantu b’icyo gihe ntibagira icyo bikanga kugeza igihe umwuzure uziye, urabahitana bose. Ni na ko bizamera mu kuza k’Umwana w’umuntu.

40 Icyo gihe, abagabo babiri bazaba bari mu murima, umwe azajyanwa undi asigare.

41 Abagore babiri bazaba bari hamwe basya, umwe azajyanwa undi asigare.

42 “Murabe maso rero, kuko mutazi umunsi Umwami wanyu azazira.

43 Murabizi. Iyaba nyir’urugo yamenyaga igihe umujura azira, yabaye maso ntatume acukura inzu ye!

44 Namwe rero muhore mwiteguye, kuko Umwana w’umuntu azaza igihe mudakeka.

Umugaragu w’indahemuka n’uw’umuhemu

45 “Mubirebye ni nde mugaragu w’indahemuka kandi uzi ubwenge, shebuja yashinze abo mu rugo rwe ngo abahe ifunguro mu gihe gikwiye?

46 Ni uwo shebuja azasanga akora ibyo yamushinze, uwo mugaragu azaba ahiriwe.

47 Ndababwira nkomeje ko azamwegurira ibyo afite byose.

48 Nyamara niba ari umugaragu mubi azibwira ati: ‘Databuja aratinze’,

49 maze atangire gukubita abagaragu bagenzi be, yirire yinywere, asangira n’abasinzi.

50 Shebuja azaza ku munsi atamwiteze no mu gihe atari azi,

51 amucemo kabiriabarirwe hamwe n’indyarya, ni ho bazarira kandi bagahekenya amenyo.

—https://api-cdn.youversionapi.com/audio-bible-youversionapi/126/32k/MAT/24-ea077cdc4bfeeac5c41c2955db8202b1.mp3?version_id=387—