Categories
Mariko

Mariko 5

Yezu akiza umuntu w’i Gerasa wahanzweho

1 Yezu afata hakurya y’ikiyaga mu ntara y’Abanyagerasa.

2 Yezu akigera imusozi, umuntu aza amusanga aturutse mu irimbi. Uwo muntu yari ahanzweho n’ingabo ya Satani.

3 Yiberaga mu irimbi kandi nta muntu n’umwe wari ugishobora kumuboha, haba no kumubohesha iminyururu.

4 Akenshi bamubohaga amaguru bakoresheje ibyuma, n’amaboko bakoresheje iminyururu, noneho iminyururu akayituraguritsa, n’ibyuma akabicagagura. Nta muntu wari ukimushobora.

5 Ijoro n’amanywa yazereraga mu irimbi no ku misozi, avuza induru kandi yikebesha amabuye.

6 Akiri kure abona Yezu, aza yiruka aramupfukamira.

7 Maze avuga cyane aranguruye ijwi ati: “Uranshakaho iki, Yezu Mwana w’Imana Isumbabyose? Girira Imana we kunyica urubozo!”

8 Ibyo byatewe n’uko Yezu yari ategetse ati: “Ngabo ya Satani, va muri uwo muntu!”

9 Yezu abaza uwo muntu ati: “Witwa nde?”

Aramusubiza ati: “Nitwa Giteronyamwinshi, kuko turi benshi cyane.”

10 Nuko yinginga Yezu cyane ngo ye kumenesha izo ngabo za Satani mu gihugu.

11 Hafi aho ku musozi hari umugana munini w’ingurubezarishaga.

12 Izo ngabo za Satani zinginga Yezu ziti: “Tureke twigire muri ziriya ngurube tuziberemo!”

13 Arazemerera. Nuko ziva muri uwo muntu zinjira mu ngurube, maze umugana wose ucuncumuka ku gacuri wiroha mu kiyaga. Izo ngurube zose uko zari nk’ibihumbi bibiri zirarohama.

14 Abashumba bazo barahunga, iyo nkuru bayikwiza mu mujyi no mu byaro. Abaturage bahita baza kureba ibibaye ibyo ari byo.

15 Bageze aho Yezu ari, babona wa muntu wari warahanzweho na cya gitero nyamwinshi cy’ingabo za Satani, basanga yicaye yambaye, yagaruye ubwenge bibatera ubwoba.

16 Ababibonye babatekerereza ibyabaye kuri uwo muntu wari warahanzweho, n’ibyabaye kuri za ngurube.

17 Baherako binginga Yezu ngo abavire ku musozi.

18 Yezu agiye mu bwato, uwari warahanzweho aramwinginga ngo bijyanire.

19 Yezu ntiyamwemerera ahubwo aramubwira ati: “Subira imuhira usange bene wanyu, ubatekerereze ibyo Nyagasani yagukoreye byose n’impuhwe yakugiriye.”

20 Nuko uwo muntu aragenda, atangira kwamamaza muri ako karere ka Dekapoli ibyo Yezu yamukoreye byose, abantu bose baratangara.

Yezu akiza umugore urwaye, azura n’umwana

21 Hanyuma Yezu ajya mu bwato asubira hakurya. Imbaga nyamwinshi y’abantu yongera guteranira aho ari, ku nkombe y’ikiyaga.

22 Haza umuntu witwaga Yayiro, wari umwe mu batware b’urusengero rw’Abayahudi. Abonye Yezu aramupfukamira,

23 aramwinginga cyane ati: “Umukobwa wanjye arenda gupfa. Ndakwinginze ngwino umurambikeho ibiganza, kugira ngo akire ye gupfa.”

24 Nuko barajyana. Yezu aherekezwa n’abantu benshi bagenda bamubyiganiraho.

25 Muri bo hari umugore wari urwaye indwara yo kuva, ayimaranye imyaka cumi n’ibiri.

26 Yarababaraga cyane, biturutse no ku baganga benshi yivujeho. Ibintu bimushiraho ntibyagira icyo bimumarira, ahubwo arushaho kumererwa nabi.

27 Yumvise ibyo bavugaga kuri Yezu, araza aca mu kivunge cy’abantu, amuturuka inyuma akora ku mwitero we

28 kuko yibwiraga ati: “Ninkora ku myambaro ye ndakira.”

29 Amaraso ahita akama, maze yumva mu mubiri we akize ya ndwara.

30 Ako kanya Yezu yiyumvamo ko hari imbaraga zimuvuyemo, arahindukira areba abantu, arababaza ati: “Ni nde ukoze ku myambaro yanjye?”

31 Abigishwa be baramusubiza bati: “Dorere! Abantu barakubyiganiraho nawe ukabaza ngo ‘Ni nde unkozeho?’ ”

32 Yezu abararanganyamo amaso, kugira ngo arebe uwabikoze uwo ari we.

33 Wa mugore ashya ubwoba ahinda umushyitsi, kuko yari azi ibimaze kumubaho. Araza amwikubita imbere, amubwiza ukuri kose.

34 Yezu ni ko kumubwira ati: “Mwana wanjye, ukwizera kwawe kuragukijije. Genda amahoro kandi ukire icyo cyago!”

35 Akivuga atyo haza intumwa zibwira wa mutware w’urusengero ziti: “Ko umukobwa wawe amaze gupfa, uraruhiriza iki umwigisha?”

36 Ariko Yezu yirengagizaibyo bavuze, abwira uwo mutware w’urusengero ati: “Witinya, nyizera gusa!”

37 Nuko ntiyagira uwo akundira kujyana na we, uretse Petero, na ba bavandimwe Yakobo na Yohani.

38 Bageze mu rugo rw’uwo mutware w’urusengero, Yezu ahasanga urusaku rw’abarira n’abacura imiborogo.

39 Yinjiye mu nzu arababaza ati: “Ni iki gitumye musakuza? Murarizwa n’iki? Umwana ntiyapfuye, ahubwo arasinziriye.”

40 Baramuseka cyane. Yezu ni ko guhēza abantu bose, ajyana n’ababyeyi b’umwana n’abari kumwe na we, bajya aho umwana ari.

41 Amufata ukuboko aramubwira ati: “Talita kumi”, ni ukuvuga ngo “Mukobwa, byuka!”

42 Ako kanya uwo mukobwa arabyuka atangira kugenda, abantu barumirwa. Yari amaze imyaka cumi n’ibiri avutse.

43 Yezu arabihanangiriza ngo be kugira uwo bamenyesha ibibaye, kandi ababwira kugaburira uwo mwana.

—https://api-cdn.youversionapi.com/audio-bible-youversionapi/126/32k/MRK/5-900ac18b8512398026a5d0b734cfa9f3.mp3?version_id=387—

Categories
Mariko

Mariko 6

Ab’i Nazareti bahinyura Yezu

1 Yezu ava aho ngaho ajya mu mujyi w’iwabo. Abigishwa be bajyana na we.

2 Isabato igeze ajya kwigishiriza mu rusengero. Abenshi bamwumvise baratangara cyane bati: “Mbese biriya byose abikomora he? Ubu bwenge yahawe ni bwenge ki? Ibi bitangaza byo abikora ate?

3 Mbese si we wa mubaji mwene Mariya, akaba n’umuvandimwe wa Yakobo na Yozefu, na Yuda na Simoni? Ese bashiki be bo ntiduturanye?” Ibyo bituma batamwemera.

4 Nuko Yezu arababwira ati: “Nta handi umuhanuzi asuzugurwa uretse mu karere k’iwabo no muri bene wabo, n’iwe mu rugo.”

5 Ntiyashobora kugira igitangaza ahakorera, uretse abarwayi bamwe yakijije abarambitseho ibiganza.

6 Atangazwa n’uko batamwemeye.

Yezu atuma abigishwa be cumi na babiri

Yezu azenguruka ako karere kose yigisha, ava ku murenge ajya ku wundi.

7 Nuko ahamagara ba bigishwa be cumi na babiri, atangira kubatuma babiri babiri, abaha ububasha bwo kumenesha ingabo za Satani.

8 Arabihanangiriza ati: “Ntimugire icyo mujyana, yaba impamba cyangwa umufuka, cyangwa amafaranga mutwara mu mikandara yanyu, keretse inkoni yonyine.

9 Mwambare inkweto, mwambare n’ikanzu imwe ntimujyane iya kabiri.

10 Urugo muzabonamo icumbi, muzarugumemo kugeza igihe muzahavira.

11 Ahantu hose batazabakira ntibabatege amatwi, muzaveyo muhunguye umukunguguwo mu birenge byanyu, kugira ngo bibabere icyemezo cy’icyaha cyabo.”

12 Nuko baragenda bajya kubwira abantu ko bagomba kwihana.

13 Bamenesha ingabo nyinshi za Satani zari mu bantu, basīga abarwayi benshi amavutabarabakiza.

Urupfu rwa Yohani Mubatiza

14 Umwami Herodi yumva ibya Yezu, kandi koko izina rye ryari rimaze kwamamara hose. Bamwe baravugaga bati: “Ni Yohani Mubatiza wazutse! Ni cyo gituma afite ububasha bwo gukora ibitangaza.”

15 Abandi bakavuga bati: “Ni Eliya.”

Naho abandi bati: “Ni umuhanuzi kimwe n’abahanuzi ba kera.”

16 Herodi na we abyumvise aravuga ati: “Ni Yohani! Namuciye igihanga none yazutse!”

17 Koko kandi Herodi yari yaratumye abantu gufata Yohani, baramuboha bamushyira muri gereza, impamvu yaturutse kuri Herodiya umugore w’umuvandimwe we Filipo. Uwo mugore Herodi yari yaramutunze.

18 Ni cyo cyatumaga Yohani abwira Herodi ati: “Ntibyemewe ko utunga umugore w’umuvandimwe wawe.”

19 Kubera iyo mpamvu Herodiya arwara Yohani inzika, agashaka uko yamwicisha nyamara ntabishobore.

20 Herodi yatinyaga Yohani akajya amurengera, kuko yari azi ko ari intungane akaba n’umuziranenge. Yakundaga kumwumva nubwo yamubwiraga ibimubangamiye.

21 Nuko Herodi atumira abatware be n’abakuru b’abasirikari n’abanyacyubahiro bo muri Galileya, mu munsi mukuru wo kwibuka ivuka rye. Noneho Herodiya abona ko ari cyo gihe cyo kwihimūra.

22 Umukobwa we araza arabyina, binyura Herodi n’abatumirwa be. Umwami Herodi ni ko kubwira uwo mukobwa ati: “Nsaba icyo ushaka cyose ndakiguha.”

23 Ndetse aramurahira ati: “Icyo unsaba cyose ndakiguha, naho cyaba ari kimwe cya kabiri cy’igihugu cyanjye.”

24 Nuko uwo mukobwa arasohoka, abaza nyina ati: “Nsabe iki?”

Undi ati: “Saba igihanga cya Yohani Mubatiza.”

25 Ako kanya uwo mukobwa ariruka asanga umwami ati: “Ndashaka ko mumpa igihanga cya Yohani Mubatiza, mukakimpa nonaha ku mbehe.”

26 Umwami agira agahinda kenshi, nyamara kubera ko yari yabirahiriye imbere y’abatumirwa be yanga kukimwima.

27 Ako kanya yohereza umusirikari, amutegeka kuzana igihanga cya Yohani. Uwo musirikari ajya muri gereza, aca Yohani igihanga

28 akizana ku mbehe. Agiha uwo mukobwa, na we agishyikiriza nyina.

29 Abigishwa ba Yohani bumvise ibyabaye, baraza bajyana umurambo we bawushyingura mu mva.

Yezu agaburira abantu barenze ibihumbi bitanu

30 Nuko Intumwa za Yezu zigaruka aho ari, zimutekerereza ibyo zakoze n’ibyo zigishije byose.

31 Arazibwira ati: “Nimuze tujye kwiherera ahantu hadatuwe muruhuke ho gato”, kuko abantu bari benshi cyane ari urujya n’uruza, bigatuma batabona n’uko bafungura.

32 Nuko bajya mu bwato bajya kwiherera ahantu hadatuwe.

33 Benshi mu bababonye bagenda barabamenya. Nuko bava mu mijyi yaho yose, bariruka banyura iy’ubutaka, babatanga kuhagera.

34 Yezu ageze imusozi abona iyo mbaga y’abantu abagirira impuhwe, kuko bari bameze nk’intama zitagira umushumba. Nuko atangira kubigisha byinshi.

35 Umunsi ukuze abigishwa be baramwegera, baramubwira bati: “Aha hantu ntihatuwe kandi dore burije.

36 Sezerera aba bantu bajye mu mihana no mu nsisiro za bugufi, bihahire ibyo barya.”

37 Yezu arabasubiza ati: “Ahubwo mube ari mwe mubafungurira.”

Baramubaza bati: “Mbese uragira ngo dutange ay’igihembo cy’imibyizi magana abiri, tubagurire imigati yo kurya?”

38 Na we arababaza ati: “Mufite imigati ingahe? Nimujye kureba.”

Bamaze kubimenya baramubwira bati: “Hari itanu n’amafi abiri.”

39 Nuko abategeka kwicaza abantu mu byatsi bitoshye, biremyemo amatsinda.

40 Bicara mu matsinda, rimwe ijana, irindi mirongo itanu, bityo bityo.

41 Afata iyo migati itanu n’amafi abiri, areba ku ijuru, ashimira Imana. Nuko amanyura iyo migati, ayiha abigishwa be, na bo bayikwiza abantu. N’amafi abiri ayagabanya abantu bose.

42 Nuko bose bararya barahaga.

43 Bateranya utumanyu tw’imigati n’utw’amafi twasigaye, twose twuzura inkangara cumi n’ebyiri.

44 Mu bariye, abagabo bonyine bari ibihumbi bitanu.

Yezu agenda ku mazi

45 Bikirangira Yezu ategeka abigishwa be kujya mu bwato, kugira ngo bamubanzirize kugera hakurya i Betsayida, mu gihe agisezerera iyo mbaga y’abantu.

46 Amaze kubasezerera azamuka umusozi ajya gusenga.

47 Bumaze kwira ubwato bwari bugeze mu kiyaga hagati, naho Yezu yasigaye imusozi wenyine.

48 Abonye ko bagashya bibaruhije kuko umuyaga wabaturukaga imbere, bujya gucya Yezu aza abagana agenda ku mazi, asa n’ushaka kubanyuraho.

49 Bamubonye agenda ku mazi bakeka ko ari umuzimu bavuza induru,

50 kuko bose bamubonye bagakuka umutima cyane. Ako kanya Yezu arababwira ati: “Nimuhumure ni jye, mwigira ubwoba!”

51 Abasanga mu bwato umuyaga urahosha, abigishwa be barumirwa.

52 N’igihe yatuburaga imigati ntibari basobanukiwe icyo bivuga, kuko imitima yabo yari ihumye.

Yezu akiza abarwayi mu ntara ya Genezareti

53 Bamaze gufata hakurya mu ntara ya Genezareti, bazirika ubwato.

54 Bakibuvamo abantu babona Yezu baramumenya.

55 Bagenda bihuta bakwiza inkuru muri ako karere kose. Abantu bumvise aho Yezu ari, bahita baheka abarwayi babo barabamushyīra.

56 Byongeye kandi aho yahingukaga hose, ari mu byaro, ari mu mijyi, ari no mu misozi bashyiraga abarwayi ahagaragara, bakamwinginga ngo byibura bakore ku ncundaz’umwitero we, abazikozeho bose bagakira.

—https://api-cdn.youversionapi.com/audio-bible-youversionapi/126/32k/MRK/6-cab515d82ac08157b0e8cec48aa081b4.mp3?version_id=387—

Categories
Mariko

Mariko 7

Yezu ahinyura inyigisho z’Abafarizayi

1 Abafarizayi na bamwe mu bigishamategeko baturutse i Yeruzalemu bakikiza Yezu.

2 Babona bamwe mu bigishwa be barisha intoki zanduye, ni ukuvuga badakarabye.

3 Koko kandi Abafarizayi kimwe n’abandi Bayahudi bose, ntabwo barya batabanje gukaraba intoki babyitondeye, bakurikiza umuco wa ba sekuruza.

4 N’iyo bavuye mu isoko, ntabwo barya batabanje kwitera amazi. Bafite n’indi mihango baziririza basigiwe na ba sekuruza, nk’iyo koza ibikombe n’ibibindi n’inzabya z’umuringa [n’ibitanda] babihumanura.

5 Noneho Abafarizayi n’abigishamategeko babaza Yezu bati: “Kuki abigishwa bawe batubahiriza umuhango wa ba sogokuruza, bakarya badakarabye?”

6 Yezu arabasubiza ati: “Mwa ndyarya mwe, Ezayi yabahanuye uko muri nk’uko Ibyanditswe bivuga ngo:

‘Aba bantu bampoza ku rurimi,

ariko imitima yabo imba kure.

7 Barushywa n’ubusa bansenga,

kuko inyigisho bigisha ari amategeko y’abantu gusa.’ ”

8 Yezu arakomeza ati: “Amategeko y’Imana muyarengaho, mukihambira ku mihango y’abantu.

9 Mwihatira kwirengagiza ibyo Imana yategetse, kugira ngo mukurikize imihango yanyu.

10 Musa yaravuze ati: ‘Ujye wubaha so na nyoko’, kandi ati: ‘Uzatuka se cyangwa nyina azicwe.’

11 Naho mwebwe muvuga ko umuntu ashobora kubwira se cyangwa nyina ati: ‘Icyo najyaga kugufashisha ni “Korubani” (ni ukuvuga ituro ryagenewe Imana)’.

12 Bityo mukaba mutakimukundiye kugifashisha se cyangwa nyina,

13 mukaba muhinduye ubusa Amategeko y’Imana kubera imihango yababayemo akarande. Hariho kandi n’ibindi byinshi bene nk’ibyo mukora.”

Ibihumanya umuntu

14 Nuko Yezu yongera guhamagara rubanda arababwira ati: “Nimuntege amatwi mwese kandi musobanukirwe ibi:

15 nta cyinjira mu muntu kivuye inyuma cyamuhumanya. Ahubwo ikiva mu muntu ni cyo kimuhumanya. [

16 Ufite amatwi yumva ngaho niyumve!]”

17 Yezu amaze gutandukana na rubanda asubira imuhira, abigishwa be bamusobanuza iby’ayo marenga.

18 Arababwira ati: “Mbese namwe muri abaswa bigeze aho? Ese ntimuramenya ko nta cyinjira mu muntu kivuye hanze kimuhumanya?

19 Si mu mutima kiba kigiye ahubwo kiba kigiye mu nda, nyuma kikamuvamo kinyuze epfo.” Bityo Yezu yemezaga ko nta byokurya bihumanya.

20 Arongera aravuga ati: “Ikiva mu muntu ni cyo kimuhumanya,

21-22 kuko mu mitima y’abantu ari ho hava imigambi mibi: ubusambanyi n’ubujura n’ubwicanyi, n’irari n’ubugome n’uburiganya, no kwiyandarika n’ishyari, no gutukana n’ubwirasi n’ubugoryi.

23 Ibyo bibi byose biva mu muntu imbere ni byo bimuhumanya.”

Umugore utari Umuyahudi asanga Yezu

24 Nuko Yezu arahaguruka ajya mu karere gahereranye n’umujyi wa Tiri, yinjira mu nzu. Ntiyashakaga ko hagira ubimenya, ariko ntiyashobora kwihisha.

25 Umugore wari ufite akana k’agakobwa kahanzweho n’ingabo ya Satani, yumvise ibya Yezu ahita aza amwikubita imbere.

26 Uwo mugore yari umunyamahangakazi w’i Fenisiya ho muri Siriya. Nuko asaba Yezu kumenesha iyo ngabo ya Satani yari mu mukobwa we.

27 Yezu aramusubiza ati: “Reka abana babanze bahage, kuko atari byiza gufata ibyokurya byabo ngo ubijugunyire imbwa.”

28 Umugore aramusubiza ati: “Ni koko Nyagasani, ariko kandi n’imbwa zibunze munsi y’ameza zirya utwo abana bataye hasi.”

29 Yezu aramubwira ati: “Kuko uvuze utyo igendere, ingabo ya Satani ivuye mu mukobwa wawe.”

30 Asubiye imuhira asanga wa mwana aryamye ku buriri, ingabo ya Satani yamuvuyemo.

Yezu akiza igipfamatwi k’ikiragi

31 Yezu avuye mu karere k’i Tiri, anyura i Sidoni agera ku Kiyaga cya Galileya, aca hagati y’intara ya Dekapoli.

32 Nuko bamuzanira umuntu w’igipfamatwi cy’ikiragi, baramwinginga ngo amurambikeho ikiganza.

33 Yezu amuvana mu ruhame rw’abantu amushyira ukwe, amukoza intoki mu matwi. Nuko acira amacandwe ayamukoza ku rurimi.

34 Hanyuma yubura amaso areba ku ijuru, asuhuza umutima ababaye. Aramubwira ati: “Efata!” ni ukuvuga ngo “Zibuka!”

35 Ako kanya amatwi ye arazibuka, ururimi rwe ruragobodoka atangira kuvuga neza.

36 Yezu arabihanangiriza ngo ntibagire uwo babibwira. Ariko uko yababuzaga kubivuga, ni ko barushagaho kubyamamaza.

37 Abantu baratangara bikomeye baravugana bati: “Ibintu byose yabikoze neza! Yatumye ibipfamatwi byumva, n’ibiragi bivuga!”

—https://api-cdn.youversionapi.com/audio-bible-youversionapi/126/32k/MRK/7-268c1e9a10cfe2916fb49cf0e96ae9d3.mp3?version_id=387—

Categories
Mariko

Mariko 8

Yezu agaburira abantu ibihumbi bine

1 Muri iyo minsi abantu benshi bongera guterana ariko nta mpamba bafite. Nuko Yezu ahamagara abigishwa be arababwira ati:

2 “Aba bantu barambabaje, dore uyu munsi ni uwa gatatu turi kumwe kandi ntibagifite icyo bafungura.

3 Nimbasezerera badafunguye inzara irabatsinda ku nzira, kuko bamwe muri bo baturutse kure.”

4 Abigishwa be baramubaza bati: “Twakura he ibyahaza aba bantu, ko aha hantu hadatuwe?”

5 Yezu arababaza ati: “Mufite imigati ingahe?”

Bati: “Dufite irindwi.”

6 Nuko ategeka abantu kwicara hasi maze afata iyo migati uko ari irindwi, ashimira Imana, arayimanyura, ayiha abigishwa be ngo bayikwize abantu, barayitanga.

7 Bari bafite n’udufi duke, na two adushimira Imana, ategeka ko badukwiza abantu.

8 Bararya barahaga, bateranya ibisagutse byuzura ibitebo birindwi.

9 Abariye bari ibihumbi bine. Nuko Yezu arabasezerera,

10 aherako ajya mu bwato hamwe n’abigishwa be, bagera mu karere ka Dalimanuta.

Abafarizayi basaba ikimenyetso

11 Abafarizayi baraza batangira kugisha Yezu impaka. Bamusaba ikimenyetso cyo kubemeza ko yatumwe n’Imana, ariko ari umutego bamutega.

12 Maze asuhuza umutima ababaye aravuga ati: “Abantu b’iki gihe bashakira iki ikimenyetso? Ndababwira nkomeje ko nta kimenyetso bazahabwa.”

13 Nuko abasiga aho yurira ubwato asubira hakurya.

Umusemburo w’Abafarizayi n’uwa Herodi

14 Abigishwa ba Yezu bari bibagiwe kujyana imigati, bari bafite umwe gusa mu bwato.

15 Yezu arabihanangiriza ati: “Muramenye mujye mwirinda umusemburo w’Abafarizayi n’umusemburo wa Herodi!”

16 Bo rero baravugana bati: “Ubanza ari uko tudafite imigati!”

17 Yezu amenye ibyo bavugana arababaza ati: “Ni iki gituma mujya impaka ngo nta migati mufite? Mbese n’ubu nta cyo muriyumvisha? Ese ntimurasobanukirwa? Mbese imitima yanyu iracyahumye?

18 Ese mugira amaso ntimubone, mukagira amatwi ntimwumve? Mbese ntabwo mwibuka

19 igihe namanyuraga imigati itanu, tukayikwiza ba bagabo ibihumbi bitanu? Ese ibyasagutse mwabiteranyirije mu nkangara zingahe?”

Baramusubiza bati: “Zari cumi n’ebyiri.”

20 Arababaza ati: “Naho se igihe namanyuraga n’imigati irindwi tukayikwiza abantu ibihumbi bine, ibyasagutse mwabiteranyirije mu bitebo bingahe?”

Baramusubiza bati: “Byari birindwi.”

21 Arababwira ati: “None se ntimurasobanukirwa?”

Yezu ahumura impumyi i Betsayida

22 Bageze i Betsayida abantu bazanira Yezu umugabo w’impumyi, baramwinginga ngo amukoreho.

23 Yezu amufata ukuboko amujyana ahitaruye ingo, amusīga amacandwe ku maso, amurambikaho ibiganza, aramubaza ati: “Hari icyo ubona?”

24 Uwo muntu arakanura ati: “Ndabona abantu bagenda, ariko wagira ngo ni ibiti.”

25 Yezu yongera kumurambika ibiganza ku maso. Noneho arambura amaso cyane arahumuka, abona ibintu byose uko biri.

26 Nuko Yezu aramubwira ati: “Itahire ntusubire muri ziriya ngo.”

Petero yemeza ko Yezu ari we Kristo

27 Nyuma Yezu ajyana n’abigishwa be mu mirenge yo hafi y’i Kayizariya ya Filipo. Bakiri mu nzira abaza abigishwa be ati: “Abantu bavuga ko ndi nde?”

28 Baramusubiza bati: “Bamwe bavuga ko uri Yohani Mubatiza, abandi ngo uri Eliya, naho abandi ngo uri umwe mu bahanuzi.”

29 Nuko Yezu arababaza ati: “Mwebwe se muvuga ko ndi nde?”

Petero aramusubiza ati: “Uri Kristo.”

30 Yezu arabihanangiriza ngo be kugira uwo bahingukiriza ibye.

Yezu avuga ko azapfa akazuka

31 Yezu atangira kwigisha abigishwa be ko ari ngombwa ko Umwana w’umuntu ababazwa cyane, akangwa n’abakuru b’imiryango n’abakuru bo mu batambyi n’abigishamategeko, bakamwica maze iminsi itatu yashira akazuka.

32 Ayo magambo Yezu yayavugaga yeruye. Nuko Petero aramwihererana, atangira kumuhana.

33 Yezu arahindukira areba abigishwa be, maze acyaha Petero ati: “Mva iruhande Satani, kuko ibitekerezo byawe bitavuye ku Mana, ahubwo ari iby’abantu.”

34 Noneho Yezu ahamagara rubanda n’abigishwa be, arababwira ati: “Ushaka kunyoboka wese nareke kwiyitaho, ahubwo atware umusarabawe ankurikire.

35 Ushaka gukiza ubuzima bwe azabubura, naho uhara ubuzima bwe ari jye ahōrwa kandi ahōrwa Ubutumwa bwiza, azaba abukijije.

36 Mbese umuntu byamumarira iki kwigarurira isi yose, ariko akaba yivukije ubugingo bwe?

37 Cyangwa se ubugingo bw’umuntu yabugurana iki?

38 Umuntu wese ugira isoni zo kunyemera no kwemera inyigisho zanjye imbere y’abantu b’iki gihe b’abasambanyi n’abagizi ba nabi, Umwana w’umuntu na we azagira isoni zo kumwemera igihe azaba aje afite ikuzo rya Se, ashagawe n’abamarayika baziranenge.”

—https://api-cdn.youversionapi.com/audio-bible-youversionapi/126/32k/MRK/8-ba1bb2b33c21141b67b1885a20a9b09b.mp3?version_id=387—

Categories
Matayo

Matayo 9

Yezu akiza ikimuga

1 Nuko Yezu yurira ubwato, arambuka ajya mu mujyi w’iwabo.

2 Bamuzanira umuntu umugaye bamuhetse mu ngobyi, abonye ukwizera kwabo abwira uwo murwayi ati: “Humura mwana wanjye, ibyaha byawe urabibabariwe.”

3 Bamwe mu bigishamategeko babyumvise baribwira bati: “Uriya muntu aratuka Imana.”

4 Yezu amenya ibyo bibwira arababaza ati: “Ni iki kibateye ibyo bitekerezo bibi?

5 Icyoroshye ni ikihe, ari ukuvuga ngo ‘Ibyaha byawe urabibabariwe’, cyangwa ngo ‘Byuka ugende’?

6 Nyamara ndagira ngo mumenye ko ku isi Umwana w’umuntu afite ubushobozi bwo kubabarira abantu ibyaha.”

Nuko abwira uwo muntu umugaye ati: “Byuka ufate ingobyi yawe witahire.”

7 Uwo muntu arabyuka arataha.

8 Aho hari imbaga y’abantu benshi babibonye barakangarana, basingiza Imana yahaye abantu ubushobozi bugeze aho.

Yezu ahamagara Matayo

9 Nuko Yezu ahise abona umuntu witwa Matayo, yicaye ku biro by’imisoro. Aramubwira ati: “Nkurikira!” Matayo aherako arahaguruka aramukurikira.

10 Igihe Yezu n’abigishwa be bari kwa Matayo bafungura, abasoresha benshi n’abandi banyabyaha baraza basangira na bo.

11 Abafarizayi babibonye babaza abigishwa be bati: “Kuki umwigisha wanyu asangira n’abasoresha n’abanyabyaha?”

12 Yezu abumvise arababwira ati: “Abazima si bo bakenera umuvuzi, ahubwo abarwayi ni bo bamukenera.

13 Nimugende mwige uko iri jambo risobanura, ‘Icyo mbashakaho si ibitambo, ahubwo ni uko mugira impuhwe.’ Sinazanywe no guhamagara intungane, ahubwo naje guhamagara abanyabyaha.”

Ibyerekeye kwigomwa kurya

14 Nuko abigishwa ba Yohani Mubatiza begera Yezu baramubaza bati: “Kuki twebwe n’Abafarizayi twigomwa kurya kenshi, naho abigishwa bawe ntibabikore?”

15 Yezu arabasubiza ati: “Mbese mu bukwe abasangwa bashobora kugira agahinda, umukwe akiri kumwe na bo? Nyamara igihe kizagera umukwe avanwe muri bo, ni bwo bazigomwa kurya.

16 “Ntawe utera ikiremo gishya ku mwenda ushaje. Uwabikora, ikiremo gishya cyawukurura ukarushaho gushishimuka.

17 Nta n’usuka inzoga y’umubira mu mpago z’impuzishaje. Uwabikora, impago zaturika zikangirika inzoga igasandara. Ahubwo inzoga y’umubira bayisuka mu mpago zikiri nshya, ntihagire icyangirika muri byombi.”

Yezu akiza umugore urwaye, azura n’umwana

18 Akibabwira ayo magambo, umutware wo mu Bayahudi aramusanga, aramupfukamira aramubwira ati: “Umukobwa wanjye amaze gupfa, none ngwino umurambikeho ibiganza yongere abeho.”

19 Nuko Yezu arahaguruka aramukurikira, ajyanye n’abigishwa be.

20 Muri bo hari umugore wari urwaye indwara yo kuva, ayimaranye imyaka cumi n’ibiri. Amuturuka inyuma akora ku ncundaz’umwitero we,

21 kuko yibwiraga ati: “Ninkora ku mwitero we byonyine ndakira.”

22 Nuko Yezu arahindukira, amurabutswe aramubwira ati: “Humura mwana wanjye, ukwizera kwawe kuragukijije.” Ako kanya uwo mugore arakira.

23 Yezu ageze mu rugo rwa wa mutware, ahasanga abantu bavuza imyironge baririra uwapfuye, ahasanga n’imbaga y’abantu basakabaka.

24 Arababwira ati: “Nimusohoke, umwana ntiyapfuye ahubwo arasinziriye.”

Baramuseka cyane.

25 Bose bamaze guhēzwa Yezu arinjira amufata ukuboko, umukobwa arabyuka.

26 Iyo nkuru ikwira muri ako karere kose.

Yezu ahumura impumyi ebyiri

27 Yezu avuye aho hantu, abantu babiri b’impumyi bamukurikira batakamba bati: “Yewe Mwene Dawidi, tugirire impuhwe!”

28 Ageze mu rugo baramwegera, maze arababaza ati: “Muremera ko nshobora kubakiza?”

Baramusubiza bati: “Turabyemera Nyagasani.”

29 Nuko abakora ku maso arababwira ati: “Bibabere uko mwizeye.”

30 Nuko barahumuka. Arabihanangiriza ati: “Muririnde ntihagire ubimenya.”

31 Ariko bagitirimuka aho bamwamamaza muri ako karere kose.

Yezu akiza ikiragi

32 Bakiva aho, abantu bazanira Yezu ikiragi cyahanzweho.

33 Yezu amenesha ingabo ya Satani, uwari ikiragi aravuga. Rubanda baratangara cyane baravuga bati: “Ntihigeze kuboneka ibintu nk’ibi mu Bisiraheli.”

34 Naho Abafarizayi bo bakavuga bati: “Ububasha bwo kumenesha ingabo za Satani abuhabwa n’umutware wazo.”

Yezu agirira rubanda impuhwe

35 Yezu agenda mu mijyi yose no mu byaro yigisha mu nsengero zaho, atangaza Ubutumwa bwiza bwerekeye ubwami bw’ijuru, akiza n’indwara zose n’ubumuga bwose.

36 Abonye iyo mbaga y’abantu abagirira impuhwe, kuko bari bashobewe kandi bananiwe, bameze nk’intama zitagira umushumba.

37 Nuko abwira abigishwa be ati: “Dore imyaka yeze ari myinshi nyamara abasaruzi ni bake,

38 nuko rero nimusabe Nyir’imyaka yohereze abasaruzi mu murima we.”

—https://api-cdn.youversionapi.com/audio-bible-youversionapi/126/32k/MAT/9-681861ff28e4688931625802a5fa29d7.mp3?version_id=387—

Categories
Matayo

Matayo 10

Yezu atoranya Intumwa cumi n’ebyiri

1 Nuko Yezu ahamagara abigishwa be cumi na babiri, abaha ububasha bwo kumenesha ingabo za Satani, n’ubwo gukiza indwara zose n’ubumuga bwose.

2 Dore amazina y’izo Ntumwa ze uko ari cumi n’ebyiri: uwa mbere ni Simoni wiswe Petero na Andereya umuvandimwe we, na Yakobo na Yohani bene Zebedeyi,

3 na Filipo na Barutolomayo, na Tomasi na Matayo w’umusoresha, na Yakobo mwene Alufeyi na Tadeyo,

4 na Simoni w’umurwanashyaka w’igihugu, na Yuda Isikariyoti wa wundi wagambaniye Yezu.

Yezu atuma abigishwa be cumi na babiri

5 Nuko Yezu atuma abo cumi na babiri, arabihanangiriza ati: “Ntimujye mu turere tw’abanyamahanga, kandi ntimwinjire mu mijyi ituwe n’Abanyasamariya.

6 Ahubwo mujye mu bazimiye nk’intama bakomoka kuri Isiraheli.

7 Mugende mutangaza muti: ‘Ubwami bw’ijuru buregereje.’

8 Mukize abarwayi, muzure abapfuye, muhumanure ababembe kandi mumeneshe ingabo za Satani. Mwaherewe ubuntu, mutangire ku buntu.

9 Ntimugire ibiceri mutwara mu mikandara yanyu, byaba iby’izahabu, cyangwa iby’ifeza, cyangwa iby’umuringa.

10 Ntimujyane kandi imifuka y’urugendo, cyangwa amakanzu abiri cyangwa inkweto, habe n’inkoni kuko umukozi akwiye guhabwa ifunguro.

11 “Nimugera mu mujyi cyangwa mu mudugudu mujye mushaka uwishimira kubākīra, maze mugume iwe kugeza igihe muzahavira.

12 Mukigera iwe mubwire ab’aho muti: ‘Nimugire amahoro!’

13 Niba bene urugo babakiriye, amahoro mubifurije agumane na bo, naho nibatabakira ayo mahoro abagarukire.

14 Ahantu hose batazabakira ntibabatege amatwi, nimujya kuva muri urwo rugo cyangwa muri uwo mujyi, mujye muhungura umukunguguwo mu birenge byanyu.

15 Ndababwira nkomeje ko ku munsi Imana izaca imanza, abari batuye i Sodoma n’i Gomorabazahanishwa igihano kidakaze nk’icy’abatuye uwo mujyi.

Abigishwa ba Yezu bazatotezwa

16 “Dore mbatumye nk’intama hagati y’impyisi. Nuko rero murabe inyaryenge nk’inzoka, mube n’abanyamahoro nk’inuma.

17 Mujye mwirinda abantu kuko bazabajyana mu nkiko, bakabakubitira no mu nsengero zabo.

18 Bazabagabiza abatware n’abami babampōra, bityo muzaba abagabo bo guhamya ibyanjye imbere yabo n’imbere y’abanyamahanga.

19 Igihe bazabarega mu nkiko, ntimuzahagarike umutima mwibaza uburyo mugiye kwiregura, kuko igihe nikigera muzahabwa icyo mukwiriye kuvuga.

20 Si mwe muzaba mwivugira, ahubwo ni Mwuka wa So uri mu ijuru uzavugira muri mwe.

21 “Umuntu azicisha uwo bava inda imwe, umubyeyi yicishe umwana we, n’abana bazagomera ababyeyi babo babicishe.

22 Muzangwa n’abantu bose babampōra, ariko uzihangana akageza ku munsi w’imperuka azarokoka.

23 Kandi nibabatoteza mu mujyi uyu n’uyu, muzahungire mu wundi. Ndababwira nkomeje ko mutazahetura imijyi yose y’Abisiraheli Umwana w’umuntu ataraza.

24 “Nta mwigishwa uruta umwigisha we, nta n’umugaragu uruta shebuja.

25 Biba bihagije ko umwigishwa agera ku rugero rw’umwigisha, naho umugaragu akagera ku rugero rwa shebuja. None ubwo Nyir’urugo bamwise Bēlizebuli, mbega amazina mabi bazita abo mu rugo rwe!

Kudatinya abantu

26 “Nuko rero ntimugatinye abantu kuko nta gihishwe kitazahishurwa, kandi nta banga ritazamenyekana.

27 Ibyo mbabwira rwihishwa muzabivugire ku mugaragaro, kandi ibyo mbongorera muzabitangarize ahirengeye.

28 Ntimugatinye abica umubiri ariko batabasha kwica ubugingo, ahubwo mutinye Imana yo ibasha kurimburira umubiri n’ubugingo mu nyenga y’umuriro.

29 “Mbese ibishwi bibiri ntibigura ifaranga? Nyamara nta na kimwe muri byo gipfa So atabyemeye.

30 Naho mwe, n’imisatsi yanyu yose irabaze.

31 Nuko rero ntimugatinye kuko mwe murusha kure agaciro ibishwi byinshi.

Kwemera Yezu imbere y’abantu

32 “Umuntu wese uzanyemera imbere y’abantu, nanjye nzamwemera imbere ya Data uri mu ijuru.

33 Ariko uzanyihakanira imbere y’abantu, nanjye nzamwihakanira imbere ya Data uri mu ijuru.

Si amahoro Yezu azana, ahubwo azana intambara

34 “Ntimutekereze ko naje kuzana amahoro ku isi. Sinaje kuzana amahoro ahubwo ni inkota.

35 Naje gutandukanya umuhungu na se, umukobwa na nyina, umukazana na nyirabukwe.

36 Nuko rero abanzi b’umuntu bazaba abo mu rugo rwe.

37 “Ukunda se cyangwa nyina akabandutisha ntakwiriye kuba uwanjye. Ukunda umuhungu we cyangwa umukobwa we akabandutisha, na we ntakwiriye kuba uwanjye.

38 Udatwara umusarabawe ngo ankurikire ntakwiriye kuba uwanjye.

39 Uwihambira ku buzima bwe azabubura, nyamara uwemera kubuhara ari jye azira azabusubirana.

Imana itanga ingororano

40 “Ubakira ni jye aba yakiriye, kandi unyakira aba yakiriye Uwantumye.

41 Uwakira umuhanuzi kuko ari umuntu watumwe n’Imana, azahabwa ingororano iteganyirijwe abahanuzi. Uwakira kandi umuntu utunganiye Imana kuko ayitunganiye, azahabwa ingororano iteganyirijwe intungane.

42 Uzaha umwe muri aba boroheje nibura agakombe k’amazi afutse yo kunywa, ayamuhereye ko ari umwigishwa wanjye, ndababwira nkomeje ko atazabura kugororerwa.”

—https://api-cdn.youversionapi.com/audio-bible-youversionapi/126/32k/MAT/10-5ae7191af60f120e0bd10e5e4a69fc7d.mp3?version_id=387—

Categories
Matayo

Matayo 11

Yohani Mubatiza atuma kuri Yezu

1 Yezu amaze guha abigishwa be cumi na babiri ayo mabwiriza, aherako ajya kwigisha no kwamamaza Ubutumwa bwiza mu mijyi y’iwabo.

2 Ubwo Yohani yari muri gereza yumvise ibyo Kristo akora, amutumaho abigishwa be

3 kumubaza bati: “Mbese ni wowe wa wundiugomba kuza, cyangwa se dutegereze undi?”

4 Yezu arabasubiza ati: “Mugende mutekerereze Yohani ibyo mwiyumviye n’ibyo mwiboneye muti:

5 ‘Impumyi zirahumuka, abamugaye baragenda, ababembe barakira, ibipfamatwi birumva, abapfuye barazuka, n’abakene baragezwaho Ubutumwa bwiza!’

6 Hahirwa rero umuntu wese utazareka kunyizera.”

7 Abo bigishwa ba Yohani batirimutse aho, Yezu atangira kubwira rubanda ibyerekeye Yohani, arababaza ati: “Mwagiye mu butayu kureba iki? Mbese ni urubingo ruhungabanywa n’umuyaga?

8 None se mwagiye kureba iki? Ese ni umuntu wambaye imyambaro y’agaciro? Oya, abambaye imyambaro y’agaciro ni abibera mu ngoro z’abami.

9 None se nyine mwagiye kureba iki? Ese ni umuhanuzi? Ni we koko ndetse aruta umuhanuzi!

10 Yohani uwo ni we Ibyanditswe bivuga, aho Imana igira iti: ‘Dore nohereje intumwa yanjye mbere yawe kugira ngo igutunganyirize inzira.’

11 “Ndababwira nkomeje ko mu bana b’abantu hatigeze habaho uruta Yohani Mubatiza, nyamara umuto mu bwami bw’ijuru aramuruta.

12 Kuva igihe Yohani Mubatiza yigishaga kugeza ubu ubwami bw’ijuru buraharanirwa, ab’intwari bakaba ari bo babwegukana.

13 Ibyanditswe n’abahanuzi bose no mu Mategeko, byakomeje guhanura ibyabwo kugeza igihe cya Yohani.

14 Mushatse kandi kubyemera, Yohani uwo ni we Eliya wagombaga kuza.

15 Ufite amatwi yumva ngaho niyumve!

16 “Mbese abantu b’iki gihe nabagereranya n’iki? Ni nk’abana bicaye mu masoko bahamagarana bati:

17 ‘Twateye imbyino z’umunezero ntimwabyina! Duteye iz’ishavu ntimwarira!’

18 Yohani yaje yigomwa kurya no kunywa baravuga bati: ‘Yahanzweho!’

19 Naho Umwana w’umuntu aje arya kandi anywa baravuga bati: ‘Mbega igisahiranda cy’igisinzi, cy’incuti y’abasoresha n’abanyabyaha!’ Nyamara ubwenge bw’Imana bugaragazwa n’icyo bwakoze.”

Imigi imwe yanga kwihana

20 Nuko Yezu atangira gutonganya abo mu mijyi yakoreyemo ibitangaza byinshi, kuko banze kwihana. Aravuga ati:

21 “Mwa bantu b’i Korazini mwe, muzabona ishyano! Namwe bantu b’i Betsayida,muzabona ishyano! Ibitangaza Imana yakoreye muri mwe iyo bikorerwa i Tiri n’i Sidoni, kuva kera abaho baba barambaye imyambaro igaragaza akababaro kandi bakisiga ivu, bagaragaza ko bihannye.

22 Nyamara reka mbabwire: ku munsi Imana izaca imanza, ab’i Tiri n’i Sidoni bazahanishwa igihano kidakaze nk’icyanyu.

23 Namwe bantu b’i Kafarinawumu, ese muragira ngo muzashyirwa hejuru mugere ku ijuru? Reka da! Ahubwo muzamanurwa mugere ikuzimu, kuko ibitangaza Imana yakoreye iwanyu iyo bikorerwa i Sodoma,Sodoma iba igihagaze kugeza n’ubu.

24 Reka mbabwire: ku munsi Imana izaca imanza, abo mu karere ka Sodoma bazahanishwa igihano kidakaze nk’icyanyu.”

Yezu ni we buruhukiro

25 Uwo mwanya Yezu aravuga ati: “Ndagushimiye Data Nyir’ijuru n’isi, kuko ibyo wabihishe abanyabwenge n’abahanga, ukabihishurira abaciye bugufi.

26 Yego Data, uko ni ko biri kuko ari byo wishimiye.

27 “Ibintu byose nabyeguriwe na Data. Ntawe uzi Umwana w’Imana keretse Se, kandi ntawe uzi Se keretse Umwana we n’abo uwo Mwana we ashatse kumuhishurira.

28 “Mwese abarushye n’abaremerewe nimunsange mbaruhure!

29 Mwikorere umutwarowanjye kandi mundebereho, kuko ndi umugwaneza nkaba niyoroshya. Bityo muzagira ituze mu mutima,

30 kuko umutwaro mbakorera utavunanye kandi umuzigo mbahambirira nturemere.”

—https://api-cdn.youversionapi.com/audio-bible-youversionapi/126/32k/MAT/11-2d2a87ad702a026e6bcd294ed63972e7.mp3?version_id=387—

Categories
Matayo

Matayo 12

Yezu yigisha iby’isabato

1 Icyo gihe Yezu anyura mu mirima y’ingano ari ku isabato, abigishwa be bari bashonje maze batangira guca amahundo bararya.

2 Abafarizayi babibonye baramubwira bati: “Dore abigishwa bawe barakora ibidakwiriye gukorwa ku isabato.”

3 Yezu arababaza ati: “Mbese ntimwasomye ibyo Dawidi yakoze igihe we n’abo bari kumwe bari bashonje?

4 Icyo gihe yinjiye mu Nzu y’Imana, we n’abo bari kumwe barya imigatiyatuwe Imana kandi batari babyemerewe, kuko yari igenewe abatambyi bonyine.

5 Cyangwa se ntimwasomye mu Mategeko ko iyo abatambyi bafashe igihe mu Ngoro y’Imana ku isabato, bica itegeko rigenga isabato kandi ntibibabere icyaha?

6 Reka mbabwire ko hano hari uruta Ingoro y’Imana.

7 Ibyanditswe biravuga ngo: ‘Icyo mbashakaho si ibitambo, ahubwo ni uko mugira impuhwe.’ Iyo musobanukirwa iryo jambo ntimwashyize abere mu rubanza,

8 kuko Umwana w’umuntu ari we mugenga w’isabato.”

Yezu akiza umuntu wari unyunyutse ikiganza

9 Yezu avayo ajya mu rusengero rwabo,

10 aho hakaba umuntu unyunyutse ikiganza. Nuko babaza Yezu bati: “Mbese biremewe gukiza umurwayi ku isabato?” Ibyo babivugiraga kugira ngo babone icyo bamurega.

11 Na we arababaza ati: “Ni nde muri mwe waba afite intama imwe, maze ikagwa mu rwobo ku munsi w’isabato ntajye kuyikuramo?

12 Nyamara ukuntu umuntu arusha intama agaciro! Nuko rero mumenye ko byemewe kugira neza ku munsi w’isabato.”

13 Yezu ni ko kubwira uwo muntu ati: “Rambura ikiganza.” Arakirambura maze cyongera kuba kizima nk’ikindi.

14 Abafarizayi basohotse bahuza umugambi ngo bashake uko bamwica.

Yezu umugaragu Imana yatoranyije

15 Yezu abimenye ava aho hantu aragenda. Abantu benshi baramukurikira, abarwayi bose akabakiza.

16 Abihanangiriza akomeje ngo be kumwamamaza.

17 Kwari ukugira ngo bibe nk’uko byavuzwe n’umuhanuzi Ezayi ngo:

18 “Dore umugaragu wanjye nitoranyirije,

ndamukunda cyane ni we nishimira.

Nzamushyiramo Mwuka wanjye,

azatangariza amahanga ubutabera.

19 Ntazatongana kandi ntazasakuza,

ntazarangurura ijwi rye mu mayira.

20 Urubingo ruvunitse ntazaruhwanya,

itara rigicumbeka ntazarizimya,

kugeza igihe azaba atumye ubutabera butsinda.

21 Bityo amahanga yose azamwiringira.”

Yezu na Bēlizebuli

22 Nuko bamuzanira umuntu wahanzweho, akaba impumyi n’ikiragi, Yezu aramukiza ku buryo yahumutse kandi akavuga.

23 Rubanda rwose babibonye baratangara maze baravuga bati: “Aho uriya si we Mwene Dawidi?”

24 Abafarizayi babyumvise baravuga bati: “Uriya mugabo nta wundi umuha ububasha bwo kumenesha ingabo za Satani, keretse Bēlizebuli umutware wazo.”

25 Yezu amenye ibyo batekereza arababwira ati: “Iyo igihugu gisubiranyemo kirasenyuka, kandi iyo umujyi usubiranyemo ntukomera, n’umuryango na wo ni uko.

26 None se niba Satani amenesha Satani, ntiyaba yiciyemo ibice? Ubwo se ubwami bwe bwakomera bute?

27 Ikindi kandi, mbese niba ari Bēlizebuli umpa ububasha bwo kumenesha ingabo ze, bene wanyu bo ubwo bubasha babuhabwa na nde? Ubwo babikora ni bo bazatuma mutsindwa n’urubanza.

28 Noneho kubera ko ari Mwuka w’Imana utuma menesha ingabo za Satani, ni ukuvuga ko ubwami bwayo bubagezeho.

29 “Mbese umuntu yabasha ate kwigabiza urugo rw’umunyamaboko kugira ngo amusahure ibyo atunze, atabanje kumuboha? Ubwo ni bwo yasahura urugo rwe.

30 “Utari mu ruhande rwanjye aba andwanya, kandi udakoranyiriza hamwe nanjye aba atatanya.

31 Ni cyo gituma mbabwira ko nta cyaha abantu batazababarirwa naho kwaba gutuka Imana, ariko umuntu wese uzatuka Mwuka Muziranenge ntazababarirwa.

32 Umuntu wese uzavuga nabi Umwana w’umuntu azababarirwa, ariko uzavuga nabi Mwuka Muziranenge ntazababarirwa, haba muri iki gihe, haba no mu gihe kizaza.

Igiti n’imbuto zacyo

33 “Nimugira igiti cyiza kizera imbuto nziza, nyamara niba ari kibi kizera imbuto mbi, kuko igiti kimenyekanira ku mbuto zacyo.

34 Mwa rubyaro rw’impiri mwe, mubasha mute kuvuga amagambo meza kandi muri babi? Koko ‘Akuzuye umutima ni ko gasesekara ku munwa’.

35 Umuntu mwiza akura ibyiza mu migambi ye myiza, naho umuntu mubi agakura ibibi mu migambi ye mibi.

36 Reka mbabwire: ku munsi Imana izaca imanza, abantu bazabazwa ijambo ryose ry’impfabusa bavuze,

37 kuko amagambo wivugiye ni yo azatuma utsinda cyangwa utsindwa n’urubanza.”

Abantu basaba ibimenyetso

38 Nuko bamwe mu bigishamategeko n’Abafarizayi baramubwira bati: “Mwigisha, turashaka ko utanga ikimenyetso cyatuma tukwemera.”

39 Yezu arabasubiza ati: “Abantu b’iki gihe b’abasambanyi n’abagizi ba nabi bashaka ko mbaha ikimenyetso, nyamara nta kimenyetso kindi bazahabwa kitari icy’umuhanuzi Yonasi.

40 Nk’uko Yonasi yamaze iminsi itatu n’amajoro atatu mu nda y’igifi, ni ko n’Umwana w’umuntu azamara iminsi itatu n’amajoro atatu mu nda y’isi.

41 Ku munsi Imana izaca imanza, ab’i Ninive bazahagurukira ab’iki gihe maze bababuranye babatsinde, kuko bitaye ku byo Yonasi yabatangarije bakihana, kandi rero hano hari uruta Yonasi.

42 Ku munsi Imana izaca imanza, wa mwamikaziwaturutse mu majyepfo azahagurukira ab’iki gihe maze ababuranye abatsinde, kuko we yavuye iyo bigwa akaza kumva amagambo y’ubwenge bwa Salomo, kandi rero hano hari uruta Salomo.

Kugarukirana kw’ingabo ya Satani

43 “Iyo ingabo ya Satani ivuye mu muntu izerera ku gasi ishaka aho yaruhukira, yahabura

44 ikibwira iti: ‘Reka nsubire mu nzu yanjye navuyemo.’ Yagerayo igasanga nta muntu urimo, ikubuye iteguye.

45 Nuko ikajya kuzana izindi ngabo ndwi ziyitambukije ubugome, zose zikinjirana zigatura muri uwo muntu. Nuko imibereho ye ya nyuma ikarusha iya mbere kuba mibi. Uko ni ko bizaba ku bantu babi b’iki gihe.”

Nyina wa Yezu n’abavandimwe be

46 Igihe Yezu akiganira na rubanda, nyina n’abavandimwe be baba barahageze, baguma hanze bashaka kuvugana na we. [

47 Nuko umuntu aramubwira ati: “Yewe, nyoko n’abavandimwe bawe bahagaze hanze barashaka ko muvugana.”]

48 Yezu arasubiza ati: “Mama ni nde, abavandimwe banjye ni bande?”

49 Nuko arambura ukuboko yerekana abigishwa be, aravuga ati: “Mama n’abavandimwe banjye ni aba!

50 Umuntu wese ukora ibyo Data uri mu ijuru ashaka ni we murumuna wanjye, ni we mushiki wanjye, ni na we mama.”

—https://api-cdn.youversionapi.com/audio-bible-youversionapi/126/32k/MAT/12-c3a336b67640081da86c9bf58510046b.mp3?version_id=387—

Categories
Matayo

Matayo 13

Umugani w’umubibyi

1 Uwo munsi Yezu ava imuhira, ajya ku kiyaga yicara ku nkombe.

2 Imbaga nyamwinshi y’abantu iramukikiza bituma ajya mu bwato yicaramo, abantu bose bahagarara ku nkombe.

3 Nuko ababwira ibintu byinshi akoresheje imigani ati: “Habayeho umuntu wagiye kubiba,

4 igihe abiba imbuto zimwe zigenda zigwa ku nzira, hanyuma inyoni ziraza zirazitoragura.

5 Izindi zigwa ku gasi zihita zimera, kuko ubutaka ari bugufi.

6 Izuba ricanye rirazotsa ziruma, kuko zidafite aho zishorera imizi.

7 Izindi zigwa mu mahwa, amahwa azirengaho maze ziragwingira.

8 Izindi zigwa mu butaka bwiza zirera, zimwe zera imbuto ijana, izindi mirongo itandatu, izindi mirongo itatu.

9 Ufite amatwi yumva ngaho niyumve!”

Igituma Yezu yavugiraga mu migani

10 Nuko abigishwa be baramwegera baramubaza bati: “Ni iki gituma wigisha abantu ukoresheje imigani?”

11 Arabasubiza ati: “Mwebwe mwahawe kumenya amabanga y’ubwami bw’ijuru, nyamara bo ntibabihawe.

12 Ufite azongererwa ndetse ahabwe byinshi, naho udafite na busa azakwa n’utwo yaririragaho.

13 Naho abandi igituma mbabwira nkoresheje imigani ni uko bareba ariko ntibabone, batega amatwi ariko ntibumve kandi ntibasobanukirwe.

14 Bityo biba nk’uko byavuzwe n’umuhanuzi Ezayi ngo:

‘Kumva muzumva ariko ntimuzasobanukirwa,

kureba muzareba ariko nta cyo muzabona.

15 Erega aba ni abantu binangiye!

Biziba amatwi,

bahunza amaso,

kugira ngo be kubona, be no kumva,

kandi be gusobanukirwa,

kugira ngo batangarukira nkabakiza.’

16 Mwebwe murahirwa kuko amaso yanyu areba, n’amatwi yanyu akaba yumva.

17 Ndababwira nkomeje ko abahanuzi benshi n’intungane nyinshi bashatse kureba ibyo mureba ntibabibona, kandi bashatse kumva ibyo mwumva ntibabyumva.

Yezu asobanura umugani w’umubibyi

18 “Nimutege amatwi rero mwumve iby’uwo mugani w’umubibyi.

19 Umuntu wese wumva Ijambo ry’ubwami bw’ijuru ntarisobanukirwe, ahwanye na ha handi ku nzira imbuto zaguye, maze Sekibi akaza agasahura icyabibwe mu mutima we.

20 Aho zabibwe ku gasi ni nk’umuntu wumva Ijambo ry’Imana, ako kanya akaryakirana ubwuzu,

21 nyamara ntatume rishorera imizi muri we, bityo akarimarana igihe gito. Iyo habaye ingorane cyangwa gutotezwa ahōrwa Ijambo ry’Imana, ahita acika intege.

22 Aho zabibwe mu mahwa ni nk’umuntu wumva Ijambo ry’Imana, nyamara guhagarikwa umutima n’iby’isi no gushukwa n’ubukungu, bikarenga kuri iryo Jambo rikaba nk’imbuto zarumbye.

23 Aho zabibwe mu butaka bwiza ni nk’umuntu wumva Ijambo ry’Imana akarisobanukirwa akera imbuto, umwe ijana, undi mirongo itandatu, undi mirongo itatu.”

Ikigereranyo cy’urukungu mu ngano

24 Yezu abaha ikindi kigereranyo ati: “Iby’ubwami bw’ijuru wabigereranya n’umuntu wari warabibye imbuto nziza mu murima we.

25 Igihe abantu basinziriye, umwanzi araza abiba urukungu hagati mu ngano.

26 Nuko imyaka ibaye imigengararo, urukungu ruramenyekana.

27 Abagaragu babibonye, basanga nyir’umurima baramubaza bati: ‘Mbese ntiwabibye imbuto nziza mu murima wawe? None se urukungu rwajemo rute?’

28 Arabasubiza ati: ‘Ibyo ni umwanzi wabikoze.’ Abagaragu bati: ‘Mbese urashaka ko tujya kururandura?’

29 Na we ati: ‘Oya, mutarurandurana n’ingano.

30 Nimureke bikurane byombi kugeza igihe cy’isarura, ni bwo nzabwira abasaruzi nti: Mubanze murundanye urukungu, muruhambiremo imiba muyitwike, maze ingano muzihunike mu kigega cyanjye.’ ”

Ikigereranyo cy’akabuto

31 Yezu yongera kubaha ikigereranyo ati: “Ubwami bw’ijuru wabugereranya n’akabuto kitwa sinapi, umuntu yabibye mu murima we.

32 Karutwa n’izindi mbuto zose, nyamara kamara kumera kagasumba ibindi bihingwa kakangana n’igiti, inyoni zikaza zikarika mu mashami yacyo.”

Ikigereranyo cy’umusemburo

33 Arongera abaha n’ikindi kigereranyo ati: “Ubwami bw’ijuru wabugereranya n’umusemburo umugore yafashe, akawuvanga n’ibyibo bitatu by’ifu kugeza ubwo yose itutumbye.”

Akamaro k’imigani

34 Ibyo byose Yezu yabibwiraga rubanda akoresheje imigani. Nta cyo yababwiraga adakoresheje imigani.

35 Kwari ukugira ngo bibe nk’uko byavuzwe n’umuhanuzi ngo:

“Nzababwirira mu migani,

mbamenyeshe ibyahishwe kuva isi yaremwa.”

Yezu asobanura ikigereranyo cy’urukungu

36 Nuko Yezu asezera kuri rubanda asubira imuhira. Abigishwa be bajya aho ari baramubwira bati: “Dusobanurire cya kigereranyo cy’urukungu rwabibwe mu murima.”

37 Nuko arababwira ati: “Ubiba imbuto nziza ni Umwana w’umuntu,

38 umurima abibamo ni isi. Imbuto nziza abiba ni abayoboka ubwami bw’ijuru, naho urukungu ni abayoboka Sekibi.

39 Umwanzi warubibye ni Satani. Isarura ryo ni imperuka y’isi, naho abasaruzi ni abamarayika.

40 Nk’uko barundarunda urukungu bakarutwika, ni ko bizamera ku mperuka y’isi.

41 Umwana w’umuntu azatuma abamarayika be, batoratore abatera abandi gukora ibyaha n’inkozi z’ibibi, babakure mu bwami bwe

42 maze babarohe mu itanura ry’umuriro, aho bazarira kandi bagahekenya amenyo.

43 Ubwo abatunganiye Imana bazarabagirana nk’izuba mu bwami bwa Se. Ufite amatwi yumva ngaho niyumve!

Ibindi bigereranyo bitatu

44 “Iby’ubwami bw’ijuru wabigereranya n’ikintu cy’agaciro gihishwe mu murima, umuntu yakigwaho akongera akagihisha maze akagenda yamazwe n’ibyishimo, ku buryo agurisha ibyo afite byose akagaruka kugura uwo murima.

45 “Na none iby’ubwami bw’ijuru wabigereranya n’umucuruzi washakaga amasaro y’agahebuzo.

46 Nuko abonye rimwe ry’igiciro kinini, aragenda agurisha ibye byose ararigura.

47 “Byongeye kandi, iby’ubwami bw’ijuru wabigereranya n’umutego w’amafi banaze mu kiyaga, ugafata amafi y’amoko yose.

48 Iyo umaze kūzura bawukururira ku nkombe, bakicara bakajonjora amafi, ameza bakayashyira mu bitebo, amabi bakayajugunya.

49 Uko ni ko bizamera ku mperuka y’isi, abamarayika bazaza bajonjore ababi babakure mu ntungane,

50 babarohe mu itanura ry’umuriro aho bazarira kandi bagahekenya amenyo.”

Ubutunzi bushya n’ubwa kera

51 Nuko arababaza ati: “Ibyo byose murabyumvise?”

Bati: “Yee.”

52 Arababwira ati: “Noneho rero umwigishamategeko wese wigishijwe iby’ubwami bw’ijuru, wamugereranya na nyir’urugo ukora mu byo atunze, akazana ibintu bimwe bishya n’ibindi bya kera.”

Ab’i Nazareti bahinyura Yezu

53 Nuko Yezu amaze kubacira iyo migani, arahava

54 ajya mu mujyi w’iwabomaze yigishiriza mu rusengero rwaho. Baratangara cyane bati: “Mbese ubwenge afite n’ibitangaza akora abikura he?

55 Mbese si umwana wa wa mubaji? Ese nyina ntiyitwa Mariya? Mbese abavandimwe be si Yakobo na Yozefu na Simoni na Yuda?

56 Mbese bashiki be bose ntiduturanye? None se biriya akora byose abikura he?”

57 Ibyo bituma batamwemera.

Yezu ni ko kubabwira ati: “Nta handi umuhanuzi asuzugurwa, uretse mu karere k’iwabo n’iwe mu rugo.”

58 Nuko aho ntiyahakorera ibitangaza byinshi kubera ko batamwemeye.

—https://api-cdn.youversionapi.com/audio-bible-youversionapi/126/32k/MAT/13-32ae5f81d1dfd626bead9bf1b72e51fa.mp3?version_id=387—

Categories
Matayo

Matayo 14

Urupfu rwa Yohani Mubatiza

1 Muri icyo gihe Herodi umutegetsi w’intara ya Galileya yumva ibya Yezu.

2 Nuko abwira abo mu rugo rwe ati: “Uriya muntu ni Yohani Mubatiza wazutse! Ni cyo gituma afite ububasha bwo gukora ibitangaza.”

3 Koko rero Herodi yari yarategetse ko bafata Yohani bakamuboha bakamushyira muri gereza. Impamvu yaturutse kuri Herodiya, umugore w’umuvandimwe weFilipo.

4 Yohani yari yabwiye Herodi ati: “Ntibyemewe ko umutunga.”

5 Ibyo bitera Herodi gushaka kwica Yohani, ariko yatinyaga rubanda kuko bemeraga ko Yohani ari umuhanuzi.

6 Ku munsi mukuru wo kwibuka ivuka rya Herodi, umukobwa wa Herodiya abyinira imbere y’abatumirwa. Binyura Herodi cyane

7 ku buryo yamurahiye ati: “Ndaguha icyo unsaba cyose.”

8 Nuko uwo mukobwa amaze kugirwa inama na nyina aravuga ati: “Nimumpe igihanga cya Yohani Mubatiza, bahite bakinzanira ku mbehe.”

9 Umwami Herodi arababara, nyamara kubera ko yari yabirahiriye imbere y’abatumirwa be, ategeka ko biba bityo.

10 Atuma umuntu muri gereza aca Yohani igihanga.

11 Yakizanye ku mbehe agiha uwo mukobwa, na we agishyikiriza nyina.

12 Nyuma abigishwa ba Yohani baraza bajyana umurambo we barawushyingura, maze bajya kubimenyesha Yezu.

Yezu agaburira abantu barenze ibihumbi bitanu

13 Yezu abyumvise avayo, afata ubwato ajya kwiherera ahantu hadatuwe. Ariko imbaga y’abantu babimenye bava mu mujyi, bamusangayo banyuze iy’ubutaka.

14 Ageze imusozi abona iyo mbaga y’abantu, abagirira impuhwe abakiriza abarwayi.

15 Bugorobye abigishwa be baramwegera, baramubwira bati: “Aha hantu ntihatuwe kandi dore burije. Sezerera iyi mbaga y’abantu, bajye mu mihana bihahire ibyokurya.”

16 Yezu arabasubiza ati: “Si ngombwa ko bagenda, ahubwo mube ari mwe mubafungurira.”

17 Baramubwira bati: “Icyo dufite imbere n’inyuma ni imigati itanu n’amafi abiri.”

18 Arababwira ati: “Nimubinzanire hano.”

19 Nuko ategeka abantu kwicara mu byatsi, afata iyo migati itanu n’amafi abiri, areba ku ijuru ashimira Imana. Arabimanyura abiha abigishwa be, na bo babikwiza abo bantu.

20 Nuko bose bararya barahaga, bateranya utumanyu dusagutse twuzura inkangara cumi n’ebyiri.

21 Abariye bari nk’ibihumbi bitanu, utabariyemo abagore n’abana.

Yezu agenda ku mazi

22 Bikirangira Yezu ategeka abigishwa be kujya mu bwato ngo bamubanzirize kugera hakurya, mu gihe agisezerera iyo mbaga y’abantu.

23 Amaze kubasezerera azamuka umusozi, ajya gusenga yiherereye. Umugoroba ukuba akiri yo wenyine.

24 Icyo gihe bwa bwato bwari bwamaze kugera kure y’inkombe, umuhengeri ubukoza hirya no hino kuko umuyaga wabaturukaga imbere.

25 Nuko bujya gucya Yezu aza abagana agenda ku mazi.

26 Abigishwa be bamubonye agenda ku mazi, bakuka umutima baravuga bati: “Ni umuzimu!” Bagira ubwoba barataka.

27 Yezu aherako arababwira ati: “Nimuhumure ni jye, mwigira ubwoba!”

28 Petero aramusubiza ati: “Nyagasani, niba ari wowe tegeka ngusange ngenda ku mazi!”

29 Yezu aramubwira ati: “Ngwino!” Nuko Petero ava mu bwato, agenda ku mazi agana Yezu.

30 Nyamara abonye ko umuyaga ukajije umurego, agira ubwoba atangira kurohama, maze aratabaza ati: “Nyagasani nkiza!”

31 Ako kanya Yezu arambura ukuboko aramusingira, aramubwira ati: “Yewe ufite ukwizera guke we, utewe n’iki gushidikanya?”

32 Bageze mu bwato umuyaga urahosha.

33 Nuko abari mu bwato bapfukama imbere ya Yezu bati: “Koko uri Umwana w’Imana.”

Yezu akiza abarwayi mu ntara ya Genezareti

34 Bafata hakurya mu ntara ya Genezareti.

35 Abantu baho bamenye ko ari Yezu bakwiza inkuru muri ako karere kose, bamuzanira abarwayi babo bose.

36 Nuko baramwinginga ngo byibura bakore ku ncundaz’umwitero we, abazikozeho bose bagakira.

—https://api-cdn.youversionapi.com/audio-bible-youversionapi/126/32k/MAT/14-1727365dc7bfc846c46f8ddc88bf28f5.mp3?version_id=387—