Categories
Mwene Siraki

Mwene Siraki 43

Ibyerekeye ikirēre n’izuba

1 Mbega ukuntu ikirēre kirabagirana!

Mbega ukuntu ijuru ribengerana!

2 Iyo izuba rirashe ryamamaza ibitangaza by’Usumbabyose.

3 Ku manywa ryumisha ubutaka,

ni nde wakwihanganira ubushyuhe bwaryo?

4 Abantu bacanira itanura kugira ngo rishyuhe,

nyamara izuba ritwika imisozi incuro eshatu kurushaho.

Ryohereza ibirimi by’umuriro,

ryohereza imirasire yaryo rigahuma amaso.

5 Mbega ukuntu Uhoraho akomeye!

Ni we wariremye kandi riyoborwa n’itegeko rye.

Ibyerekeye ukwezi

6 Ukwezi na ko kubonekera igihe cyako,

gutandukanya ibimenyetso bihoraho by’imihindukire y’ibihe.

7 Ukwezi kuranga ibihe by’iminsi mikuru,

ukwezi kurazora hanyuma kukagabanuka.

8 Amazina y’amezi akomoka ku mboneko zako,

uburyo gukura n’uko kugabanuka biratangaje,

ni ikimenyetso cy’ibinyarumuri bimurika mu kirēre cy’ijuru.

Ibyerekeye inyenyeri

9 Umucyo w’inyenyeri ugaragaza ubwiza bw’ikirēre,

ni imitako imurika mu ijuru ry’Uhoraho.

10 Ku bw’itegeko ry’Imana nziranenge biguma aho byagenewe,

ntibijya bicogora ku murimo wabyo wo kumurika.

Ibindi byiza bitatse ikirēre n’isi

11 Ujye witegereza umukororombya maze ushimire Uwawuremye,

ni mwiza cyane kubera ukubengerana kwawo.

12 Umeze nk’uruziga rumurika mu kirēre,

rwakozwe n’ibiganza by’Usumbabyose.

13 Ku bw’itegeko ry’Usumbabyose urubura ruragwa,

iyo ategetse imirabyo irarabya.

14 Ibigega byo mu ijuru birafunguka,

ibicu bigenda nk’inyoni ziguruka.

15 Ku bw’imbaraga z’Usumbabyose ibicu birakomera,

birasandara maze bikabyara urubura.

16-17 Iyo imisozi imubonye ihinda umushyitsi,

ijwi ry’inkuba ye ritingisa isi yose.

Ku bushake bwe umuyaga wo mu majyepfo urahuha,

uhuha nk’inkubi y’umuyaga wo mu majyaruguru cyangwa serwakira.

Ugusha amasimbi nk’inyoni ziguye ku butaka,

amasimbi amanuka nk’inzige zigwa ku butaka.

18 Urwererane rw’amasimbi rurashimisha,

kugwa kwayo kuratangaza.

19 Imana ikwiza urume ku isi rukamera nk’umunyu,

urwo rume iyo rukonje ruhinduka nk’imigera y’amahwa.

20 Imana yohereza umuyaga ukonje wo mu majyaruguru,

uwo muyaga urahuha amazi agakomera nk’ibuye,

uhuha hejuru y’inyanja hose hagakonja cyane hagahinduka nk’urutare.

21 Umuyaga utwika ukongora imisozi n’ubutayu,

utwika ibyatsi byose nk’umuriro.

22 Nyamara ubuhehere bw’ibicu butuma bigarura ubuyanja,

ikime kiraza kigacogoza ubushyuhe.

23 Imana yakamije inyanja nini kubera umugambi wayo,

yarazikamije zihinduka ibirwa.

24 Abagenda mu nyanja batubwira ububi bwayo,

ibyo badutekerereza biradutangaza cyane.

25 Mu nyanja harimo ibiremwa bitangaje,

harimo inyamaswa z’amoko yose n’ibikōko biteye ubwoba.

26 Imana ishoboza intumwa yayo kugera ku ntego,

ku bw’ijambo ryayo byose biratungana.

27 Dushobora kuvuga byinshi ariko ntitubirangize,

nyamara muri make “Imana ni yo byose”.

28 Twavana he imbaraga zo kuyisingiza?

Koko Imana irakomeye, isumba ibiremwa byose.

29 Uhoraho arakomeye kandi akwiye gutinywa,

ububasha bwe buratangaje.

30 Nimusingiza Uhoraho mujye mumurata uko mubishoboye,

nyamara arakomeye kuruta uko mubivuga.

Nimumuhimbaze n’imbaraga zanyu zose,

ntimucike intege nubwo mudashobora kumusingiza uko bikwiye.

31 Ni nde wabonye Imana ngo ayivuge ibigwi?

Ni nde ushobora kuyihimbaza uko bikwiye?

32 Hari n’ibindi byinshi bikomeye kurusha ibyo tubona,

ibikorwa by’Imana tubona ni bike cyane.

33 Koko rero Uhoraho ni we waremye ibintu byose,

abamwubaha ni we wabahaye ubuhanga.

Categories
Mwene Siraki

Mwene Siraki 44

Igisigo kirata ba sogokuruza

1 Reka turate abantu babaye ibyamamare,

abo ni ba sogokuruza dukurikije uko bagiye basimburana.

2 Uhoraho yabahaye ikuzo ryinshi,

yaberekaniyemo ikuzo ryayo kuva kera.

3 Bamwe muri bo bari abategetsi b’ibihugu,

abandi bari ibyamamare kubera ububasha bwabo,

abandi bari abajyanama barangwa n’ubuhanga,

abandi bari abahanuzi bakomeye.

4 Bamwe muri bo bayoboraga ibihugu batanga inama,

ubuhanga bwabo bwagiriraga abantu akamaro,

bari abanyabwenge mu magambo no mu nyigisho zabo.

5 Bari abahimbyi b’indirimbo zinogeye amatwi,

bari abanditsi b’ibisigo.

6 Bari abakire bakagira n’ububasha bwinshi,

biberaga iwabo mu mahoro.

7 Abo bose bubahwaga n’abo mu gihe cyabo,

bari ibyamamare mu mibereho yabo.

8 Bamwe muri bo ntibigeze bibagirana,

na n’ubu abantu baracyabavuga ibigwi.

9 Hari n’abibagiranye burundu,

baribagiranye nk’abatigeze babaho,

bo n’abana babo barapfuye baribagirana.

10 Nyamara ba sogokuruza bo baranzwe n’ineza,

ibikorwa byabo by’ubutungane ntibyibagiranye.

11 Ababakomokaho bakomeje umurage mwiza,

na bo bawuraze abana babo.

12 Ababakomokaho bakomeje amasezerano,

abana babo na bo bazabakurikiza.

13 Ababakomokaho bazabaho iteka,

ikuzo ryabo ntirizibagirana.

14 Imibiri yabo yashyinguwe mu mahoro,

amazina yabo azavugwa mu bisekuruza byose.

15 Amahanga yose azarata ubuhanga bwabo,

ikoraniro ry’intungane rizabavuga ibigwi.

Henoki na Nowa

16 Henoki yanejeje Uhoraho amujyana mu ijuru,

yabereye ibindi bisekuruza urugero rwo kwihana.

17 Imana yabonye ko Nowa ari intungane,

nyuma y’irimbuka ry’ibintu byose ni we abantu bakomotseho,

igihe cy’umwuzure ku isi hari abarokotse kubera we.

18 Uhoraho yagiranye na we amasezerano y’iteka,

yamusezeraniye ko nta kinyabuzima kizongera kurimburwa n’umwuzure.

Aburahamu

19 Aburahamu yabaye sekuruza w’amahanga menshi,

nta muntu n’umwe wigeze amurusha ikuzo.

20 Yakurikije Amategeko y’Usumbabyose,

yagiranye Isezerano na we.

Iryo Sezerano ryaranzwe n’ikimenyetso cyari ku mubiri we,

Imana yaramugerageje abonekaho ubutungane.

21 Ni yo mpamvu Imana yamurahiye ko amahanga yose azahabwa umugisha,

azawuherwa mu bazamukomokaho.

Yamusezeranyije ko bazagwira nk’umukungugu wo ku isi,

yamusezeranyije ko bazashyirwa hejuru nk’inyenyeri zo ku ijuru.

Yamusezeranyije kandi ko izabaha igihugu,

igihugu gihereye ku nyanja kikagera ku yindi,

igihugu gihereye ku ruzi rwa Efurati kikagera ku mpera z’isi.

Izaki na Yakobo

22-23 Izaki na we Uhoraho yamugiriye Isezerano nk’iryo,

yarimugiriye kubera se Aburahamu.

Yakobo ni we Uhoraho yaraze Isezerano rye n’umugisha w’abantu bose,

yamusezeranyije ko azamuha umugisha,

yamuhaye igihugu ho gakondo,

yakigabanyijemo imigabane cumi n’ibiri,

iyo migabane yayihaye imiryango cumi n’ibiri.

Categories
Mwene Siraki

Mwene Siraki 45

Musa

1 Mu bakomoka kuri Yakobo Imana yatoranyijemo umugiraneza,

yatoranyije umuntu washimwaga n’abantu bose,

yatoranyije umuntu wakundwaga n’Imana n’abantu,

uwo ni Musa twibuka tunezerewe.

2 Uhoraho yamuhaye ikuzo nk’iry’abamalayika,

yamugize igihangange abanzi be baramutinya.

3 Ku bw’ijambo rye Imana yateje Misiri ibyago,

Uhoraho yaramukujije imbere y’abami,

yamuhaye amategeko agenewe umuryango we,

yamuhishuriye ikuzo rye.

4 Kubera ubwitonzi n’ubudahemuka bwe,

Uhoraho yamutoranyije mu bantu bose aramwiyegurira.

5 Yamwumvishije ijwi rye,

yamujyanye mu gicu kijimye.

Yamuhaye amategeko imbonankubone,

yamuhaye Amategeko atanga ubuzima n’ubumenyi.

Musa yagombaga kwigisha abakomoka kuri Yakobo Isezerano ry’Uhoraho,

yagombaga gutoza Abisiraheli amabwiriza ye.

Aroni

6 Uhoraho yakujije Aroni,

yari intungane kimwe na Musa,

yari umuvandimwe we wo mu nzu ya Levi.

7 Uhoraho yagiranye na we Isezerano rihoraho,

yamuhaye kumukorera nk’umutambyi w’abantu be.

Yamwambitse imyambaro y’icyubahiro,

yamwambitse igishura cy’ikuzo.

8 Yamwambitse ikuzo rihebuje,

yamwambitse ibimenyetso by’ubutware:

amakabutura yera n’ikanzu itatse n’igishura.

9 Yamuhaye inshunda zo kuzengurutsa ku mwambaro we,

yamuhaye n’amayugi ya zahabu impande zose.

Uko atambutse ayo mayugi yararangiraga,

ijwi ryayo ryumvikaniraga mu Ngoro,

ibyo byaberaga urwibutso abo mu muryango we.

10 Yamwambitse ikanzu izira inenge yaboshywe n’abadozi b’abahanga,

iyo kanzu yari iboshywe mu budodo bw’izahabu n’ubw’umuhemba n’ubw’umutuku.

Yamwambitse n’igishura cyaboshywe n’abadozi b’abahanga,

icyo gishura cyari kiboshywe mu budodo butukura,

cyari gitatseho Urimu na Tumimu.

11 Icyo gishura cyari gitatseho amabuye y’agaciro aharagase nka kashe,

ayo mabuye yari yarasizwe izahabu n’umubaji wayo,

ayo mabuye yari yanditsweho amazina y’imiryango yose y’Abisiraheli,

yari yanditsweho kugira ngo itazibagirana imbere y’Uhoraho.

12 Yamwambitse igitambaro cyo mu mutwe gitatseho izahabu,

icyo gitambaro cyari cyanditsweho ngo “Uweguriwe Uhoraho”.

Iyo mitako yari ikimenyetso cy’icyubahiro,

yari ikoranywe ubuhanga, ihebuje kandi inogeye amaso.

13 Mbere ya Aroni ntihigeze habaho imyambaro myiza nk’iyo,

nta muntu n’umwe wigeze yambara bene iyo myambaro,

yambawe gusa n’abahungu ba Aroni n’abazabakomokaho iteka ryose.

14 Aroni azatamba ibitambo bikongorwa n’umuriro kabiri ku munsi,

ibyo ni ibitambo bihoraho.

15 Musa ni we wamweguriye Uhoraho,

yamusize amavuta azira inenge.

Koko byamubereye isezerano rihoraho,

iryo sezerano rizahoraho kuri Aroni no ku bazamukomokaho,

rizahoraho igihe cyose ijuru ririho.

Bazakorera Uhoraho nk’abatambyi,

bazaha abantu umugisha mu izina rye.

16 Uhoraho yatoranyije Aroni mu bantu bose,

yaramutoranyije kugira ngo amutambire ibitambo bikongorwa n’umuriro,

yaramutoranyije kugira ngo amwosereze imibavu ituma yibuka abantu be,

yaramutoranyije kugira ngo ahongerere ibyaha by’umuryango we.

17 Yahaye Aroni amategeko ye,

yamuhaye ububasha bwo kuyasobanura no kuyigisha abakomoka kuri Yakobo,

yamutegetse kubera urugero Abisiraheli akurikiza Amategeko.

18 Mu butayu abatari ab’umuryango wa Musa bamugiriye ishyari,

barakoranye bamurwanya bafite uburakari,

abo ni Datani na Abiramu na bagenzi babo n’agatsiko ka Kore.

19 Uhoraho abibonye biramubabaza,

yabarimbuje uburakari bwe bukaze,

yabakoreyeho igitangaza abatsembesha umuriro we ugurumana.

20 Hanyuma yongereye Aroni ikuzo,

yamuhaye n’umurage:

ni uburenganzira ku muganura w’imbuto za mbere,

yamugeneye ibyokurya bihagije.

21 Koko ibyokurya byabo ni ibitambo bitambirwa Uhoraho,

yarabimweguriye we n’abamukomokaho.

22 Nyamara Aroni nta munani yahawe mu gihugu,

nta mugabane agira mu muryango.

Koko Uhoraho yaramubwiye ati:

“Jyewe ubwanjye ndi umunani wawe n’umugabane wawe.”

Fineyasi

23 Fineyasi mwene Eleyazari ni we wa gatatu wahawe ikuzo,

koko yashishikariye guhesha Uhoraho icyubahiro,

yakomeje ubutwari igihe abantu bari bigometse,

kubera ibyo yasabiye Abisiraheli imbabazi z’ibyaha byabo.

24 Byatumye Uhoraho agirana na we Isezerano ry’amahoro,

yamugize umutware w’Ingoro ye n’uw’umuryango we,

we n’abamukomokaho yabagize abatambyi bakuru ubuziraherezo.

25 Uhoraho yagiranye irindi Sezerano na Dawidi,

Dawidi uwo yari mwene Yese wo mu muryango wa Yuda,

umurage we wa cyami wahawe umwe mu bahungu be,

nyamara umurage wa Aroni wahawe abamukomotseho bose.

26 Mwe abakomoka kuri Aroni, Uhoraho nabuzuzemo ubuhanga,

nabubuzuzemo kugira ngo mutegekeshe abantu be ubutabera.

Bityo amahirwe yanyu ntazayoyoka,

ikuzo ryanyu rizahoraho mu bisekuruza byanyu byose.

Categories
Mwene Siraki

Mwene Siraki 46

Yozuwe na Kalebu

1 Yozuwe mwene Nuni yari intwari ku rugamba,

yasimbuye Musa ku murimo w’ubuhanuzi.

Nk’uko izina rye ribivuga yerekana ubutwari akiza intore z’Uhoraho,

yatsinze abanzi bamurwanyaga atuza Abisiraheli muri gakondo yabo.

2 Yagaragaje ikuzo ryinshi igihe arambuye ukuboko,

yarigaragaje igihe abangura inkota ye ayerekeje ku mijyi.

3 Mbere ye nta muntu wigeze amurusha ubutwari,

koko ni we warwanye intambara z’Uhoraho.

4 Ni we wategetse izuba rirahagarara,

ni we watumye umunsi wikuba kabiri.

5 Igihe abanzi bari bamugose,

yatakambiye Usumbabyose Nyirububasha,

Uhoraho Umugengabyose yaramutabaye,

yaramutabaye agusha amahindu afite ingufu.

6 Yozuwe yaguye gitumo abanzi,

yabatsembeye ku mumanuko wa Betihoroni.

Koko rero amahanga yakangaranyijwe n’intwaro ze zikomeye,

yamenye kandi ko yarwanaga intambara atumwe n’Uhoraho.

7 Koko Yozuwe yumviraga Ushoborabyose,

igihe cya Musa yerekanye ko ari indahemuka.

We na Kalebu mwene Yefune bihagazeho imbere y’ikoraniro,

babujije abantu gucumura,

bityo bahosha imyivumbagatanyo yabo.

8 Abo bombi ni bo barokotse,

ni bo barokotse mu bantu ibihumbi magana atandatu bagenzaga amaguru.

Nuko binjizwa mu gihugu cyabo gakondo,

igihugu gitemba amata n’ubuki.

9 Uhoraho yahaye Kalebu imbaraga nyinshi,

yakomeje kugira imbaraga kugeza mu zabukuru,

ibyo batumye atera mu misozi miremire y’igihugu arahigarurira,

aho yahagize gakondo ye we n’abamukomokaho.

10 Nuko Abisiraheli bose babona ko ari byiza,

babona ko ari byiza gukurikiza Amategeko y’Uhoraho.

Abacamanza

11 Abacamanza ni bo bakurikiyeho,

buri wese yamamaye mu buryo bwe,

ntibigeze bimūra Uhoraho ngo basenge ibigirwamana,

tujye tubibuka dushimira Imana.

12 Nubwo amagufwa yabo akiri mu mva,

Imana nishyireho ababasimbura.

Abo bantu b’ibirangirire nibaherwe ubuzima bushya mu babakomokaho.

Samweli

13 Samweli yakundwaga n’Uhoraho, akaba n’umuhanuzi we,

yashyizeho ubwami, atoranya abatware b’umuryango.

14 Yaciraga rubanda imanza akurikije Itegeko ry’Uhoraho,

bityo Uhoraho agoboka abakomoka kuri Yakobo.

15 Ubudahemuka bwe bwerekanye ko ari umuhanuzi w’ukuri,

amagambo ye yagaragazaga ko ari umushishozi w’ukuri.

16 Igihe abanzi be bari bamugose yatakambiye Uhoraho Usumbabyose,

yaramutakambiye atamba umwana w’intama ho igitambo.

17 Uhoraho yavuze ari mu ijuru,

yaravuze ijwi rye rihinda nk’inkuba.

18 Yatsembye abategetsi b’i Tiri,

yatsembye n’ibikomangoma byose by’u Bufilisiti.

19 Samweli ajya gupfa yarahiriye imbere y’Uhoraho,

yarahiriye n’imbere y’umwami ati:

“Nta muntu nigeze nyaga umutungo we habe n’inkweto ze.”

Habuze umuntu n’umwe umushinja.

20 Samweli amaze gupfa yakomeje guhanura,

yatangarije umwami ko agiye kurimburwa.

Ijwi rye ryumvikaniye ikuzimu,

yahanuye ko ubugome bw’umuryango bugiye guhongererwa.

Categories
Mwene Siraki

Mwene Siraki 47

Umuhanuzi Natani n’umwami Dawidi

1 Samweli yakurikiwe n’umuhanuzi Natani,

yahanuye mu gihe cy’Umwami Dawidi.

2 Nk’uko ibinure bikurwa ku gitambo cy’umusangiro,

ni na ko Dawidi yatoranyijwe mu Bisiraheli.

3 Kurwanya intare n’ibirura kuri we byari nk’ibikino,

byari nko gukina n’umwana w’ihene cyangwa uw’intama.

4 Dawidi akiri umusore yishe umuntu w’igihangange,

bityo akiza ikimwaro umuryango we.

Yakoresheje umuhumetso urimo ibuye,

yarawukoresheje yica umwirasi Goliyati.

5 Koko rero yatakambiye Uhoraho Usumbabyose,

yaramutakambiye amuha imbaraga zo gutsinda umurwanyi ukomeye,

bityo umuryango we usubirana ububasha.

6 Abantu baramushimagije bavuga ko yishe abanzi ibihumbi n’ibihumbi,

bamusingizaga bashimira Uhoraho,

bityo bamwambika ikamba rya cyami.

7 Koko rero yatsembye abanzi bari babakikije,

yatsembye abanzi be b’Abafilisiti,

kugeza na n’ubu yabatsinze burundu.

8 Mu bikorwa bye byose yashimiraga Usumbabyose,

yamushimiraga mu bisingizo,

yamuririmbiye zaburi n’umutima we wose,

yakundaga cyane Umuremyi we.

9 Yashyizeho abaririmbyi imbere y’urutambiro,

ni ho baririmbiraga indirimbo zinogeye amatwi.

10 Iminsi mikuru yarayubahirije,

yarayitunganyije mu buryo bwose,

yarayitunganyije kugira ngo basingize izina riziranenge ry’Uhoraho,

guhera mu museso mu Ngoro humvikanaga indirimbo zinogeye amatwi.

11 Uhoraho yababariye Dawidi ibyaha bye,

yakomeje ubutegetsi bwe ubuziraherezo,

yamuhaye ububasha ku bandi bami,

yakomeje ubwami bwe muri Isiraheli.

Salomo

12 Dawidi yasimbuwe ku ngoma n’umwana we w’umunyabwenge,

uwo mwana yabayeho mu ihirwe abikesha se.

13 Salomo yategetse mu gihe cy’amahoro,

Imana yamuhaye amahoro mu mpande zose,

yamuhaye amahoro kugira ngo amwubakire Ingoro,

yamuteguriye Ingoro izahoraho.

14 Mbega ukuntu ukiri umusore wari umunyabwenge,

wari wuzuye ubwenge nk’uruzi rusendereye!

15 Ubuhanga bwawe bwakwiriye isi,

imigani yawe y’inshoberamahanga yari izwi ku isi hose.

16 Izina ryawe ryamamaye no mu birwa bya kure,

wakundirwaga ko uri umunyamahoro.

17 Isi yose yatangariye indirimbo zawe,

yatangariye imigani n’ibitekerezo ndetse n’ibisubizo byawe.

18 Mu izina ry’Uhoraho Imana ari we Mana y’Abisiraheli,

wahunitse izahabu nk’aho ari itini,

wahunitse ifeza nk’aho ari ubutare.

19 Nyamara wararikiye abagore barakuyobya,

20 wandavuje ikuzo ryawe usebya ubwoko bwawe,

wabakururiye uburakari bw’Imana,

bashavujwe n’ubupfapfa bwawe.

21 Ubwami bwawe bwigabanyijemo kabiri,

abo muri Efurayimu bakwigometseho.

22 Nyamara Uhoraho ntazabura kukubabarira,

ntazibagirwa amasezerano ye.

Ntiyatsembye abakomoka ku uwo yitoranyirije,

ntazarimbura ubwoko bw’uwamukunze.

Nk’uko atatsembye abakomoka kuri Yakobo,

ni na ko azaha Dawidi abamusimbura ku ngoma bamukomokaho.

Robowamu na Yerobowamu

23 Nuko Salomo arapfa asanga ba sekuruza,

yasimbuwe ku ngoma n’umwe mu bamukomokaho wari umunyabwenge buke akaba n’umupfapfa,

uwo ni Robowamu wateje imyivumbagatanyo mu muryango wose.

Naho Yerobowamu mwene Nabati yateye Abisiraheli gucumura,

ni na we watumye Abefurayimu bagwa mu cyaha.

24 Ibyaha byabo byariyongereye cyane,

byatumye bajyanwa ho iminyago mu gihugu cya kure.

25 Koko rero bakoze ibibi by’ubwoko bwose,

ibyo byatumye Imana ibahana.

Categories
Mwene Siraki

Mwene Siraki 48

Eliya

1 Nyuma haje umuhanuzi Eliya aza ameze nk’umuriro,

ijambo rye ryagurumanaga nk’ifumba y’umuriro.

2 Yateje Abisiraheli inzara,

kubera ishyaka yari afitiye Uhoraho abantu benshi barapfuye.

3 Ku bw’ijambo ry’Uhoraho yabujije imvura kugwa,

yamanuye umuriro wo mu ijuru incuro eshatu zose.

4 Eliya we, mbega ngo ibitangaza wakoze biraguhesha ikuzo!

Nta wundi muntu ukwiriye kwirata nkawe.

5 Ku bw’ijambo ry’Usumbabyose wazuye umuntu wari wapfuye,

waramuzuye umukura ikuzimu.

6 Watsinze abami urabarimbura,

abantu bakomeye wabateje indwara.

7 Kuri Sinayi wumvise imiburo y’Uhoraho,

kuri Horebu wumvise atangaza umugambi we wo guhana.

8 Ni wowe wimitse abami ngo basohoze uwo mugambi,

washyizeho abahanuzi kugira ngo bagusimbure.

9 Wajyanywe mu ijuru muri serwakira y’umuriro,

yajyanywe mu igare rikururwa n’amafarasi y’umuriro.

10 Ibyanditswe bivuga ko wari witeguye igihe cyagenwe,

wari witeguye gucubya uburakari bw’Uhoraho butaragurumana,

wagombaga kunga umubyeyi n’abana be,

wagombaga guhuza imiryango y’Abisiraheli.

11 Hahirwa abariho bazakubona,

hahirwa n’abapfuye bafite urukundo.

Koko natwe twese tuzabaho.

Elisha

12 Eliya amaze kuzimirira muri ya serwakira,

Elisha yahise asenderezwa umwuka wari muri Eliya.

Igihe cyose Elisha yabayeho nta mutware n’umwe wigeze amutera ubwoba,

nta n’umuntu wari amufiteho ububasha.

13 Elisha nta kintu na kimwe cyamunaniraga,

amaze no gupfa, umurambo we wakomeje guhanura.

14 Mu buzima bwe yakoze ibitangaza,

nyuma y’urupfu rwe, ibikorwa bye byabaye akataraboneka.

15 Nyamara Abisiraheli ntibagarukiye Imana,

ntibaretse gukora ibyaha,

ntibabiretse kugeza ubwo bajyanywe ho iminyago kure y’igihugu cyabo,

batatanyirijwe ku isi hose.

16 Mu Buyuda hasigaye abantu bake cyane,

bategetswe n’umwami ukomoka kuri Dawidi.

Bamwe mu bami b’u Buyuda bakoze ibinogeye Imana,

nyamara abandi barushijeho gucumura.

Umwami Hezekiya n’umuhanuzi Ezayi

17 Hezekiya yubatse Yeruzalemu arayikomeza,

yarayikomeje ayiyoboramo amazi,

yacukuye urutare yubakamo ibigega by’amazi.

18 Ku ngoma ye Senakeribu yateye Yeruzalemu,

yohereje umugaba mukuru w’ingabo ze,

yateye Siyoni afite agasuzuguro kenshi.

19 I Yeruzalemu abantu bacitse intege baradagadwa,

bagize imibabaro nk’iy’umugore uri ku nda.

20 Nyamara batakambiye Uhoraho nyir’impuhwe,

bamutakambiye bamutegeye amaboko,

Nyir’ubutungane yabumvise ari mu ijuru,

yohereje Ezayi arabarokora.

21 Uhoraho yashenye inkambi y’ingabo z’Abanyashūru,

Umumarayika we yarabatsembye.

22 Koko rero Hezekiya yakoze ibinogeye Uhoraho,

yakurikije cyane imigenzereze ya sekuruza Dawidi,

yagenje nk’uko umuhanuzi Ezayi yari yarabimutegetse.

Ezayi yari umuhanuzi w’ikirangirire,

yaranzwe no guhanura ukuri.

23 Mu gihe cye yashubije izuba inyuma,

yongereye umwami igihe cyo kubaho.

24 Ku bwa Mwuka Ezayi yabonye iherezo ry’ibihe,

yahumurije abaririraga Siyoni.

25 Yatangaje ibizaba mu iherezo ry’ibihe,

yahishuye ibyari ibanga mbere y’uko biba.

Categories
Mwene Siraki

Mwene Siraki 49

Yosiya

1 Urwibutso Yosiya yasize ni nk’imibavu ihumura neza,

ni nk’imibavu ihumura neza yateguwe n’umuhanga.

Abamuvuga bose abaryohera nk’ubuki,

abaryohera nk’indirimbo mu birori banywamo divayi.

2 Yakurikiye inzira nziza avugurura umuryango,

ni we wakuyeho imihango yakorerwaga ibigirwamana.

3 Yosiya yagarukiye Uhoraho n’umutima we wose,

yavuguruye idini mu bihe bikomeye.

Abami ba nyuma b’u Buyuda n’umuhanuzi Yeremiya

4 Uretse Dawidi na Hezekiya na Yosiya, abandi bami bose barushijeho gucumura,

ntibakurikije Amategeko y’Usumbabyose,

bityo abami b’u Buyuda bararimbutse.

5 Ububasha bwabo bwahawe abandi,

ikuzo ryabo ryeguriwe abanyamahanga.

6 Abo banyamahanga batwitse umurwa Imana yitoranyirije,

amayira yawo ntiyongeye kuba nyabagendwa nk’uko Yeremiya yari yarabihanuye.

7 Koko rero Yeremiya yari yaratotejwe,

ni we muhanuzi Imana yari yaratoranyije ataravuka,

yaramutoranyije kugira ngo arandure, ahirike kandi asenye,

nyamara ni we uzasana ibyasenyutse akubaka n’ibyarimbuwe.

Umuhanuzi Ezekiyeli

8 Ezekiyeli ni we wabonye ikuzo ry’Uhoraho,

ni we Uhoraho yiyerekeye hejuru y’igare ritwawe n’Abakerubi.

9 Yibukije kandi n’ibyerekeye Yobu,

ni we wakurikije muri byose inzira y’ubutungane.

Abahanuzi cumi na babiri

10 Naho abahanuzi cumi na babiri nubwo amagufwa yabo akiri mu mva,

Imana nishyireho ababasimbura.

Koko bahumurije abakomoka kuri Yakobo barabakiza,

barabakijije kuko batigeze biheba.

Zerubabeli na Yeshuwa

11 Umuntu yavuga ate ibigwi bya Zerubabeli?

Yari nk’impeta ku rutoki rw’ikiganza cy’iburyo cy’Uhoraho!

12 Umuntu yavuga ate ibigwi bya Yeshuwa mwene Yosadaki?

Mu gihe cyabo bombi bubatse Ingoro bundi bushya,

bubatse Ingoro yeguriwe Uhoraho yagenewe ikuzo rihoraho.

Nehemiya

13 Nehemiya na we yakoze byinshi tumwibukiraho:

ni we wubatse inkuta z’umurwa wacu zari zarasenyutse,

yashubijeho inzugi n’ibihindizo byazo,

yasannye amazu yacu.

Abandi bantu babaye ibirangirire

14 Ku isi nta wundi muntu wabaye ikirangirire nka Henoki,

koko Henoki ni we wajyanywe mu ijuru.

15 Nta n’undi muntu wabaye ikirangirire nka Yozefu,

ni we wabaye umutware w’abavandimwe be kandi ashyigikira umuryango we,

amagufwa ye yahawe icyubahiro gikomeye.

16 Semu na Seti bahawe ikuzo mu bantu bose,

nyamara Adamu yakomeje kuba ikirenga mu biremwa byose.

Categories
Mwene Siraki

Mwene Siraki 50

Simoni umutambyi mukuru

1 Simoni umutambyi mukuru mwene Oniyasi ni we wasannye Ingoro y’Imana,

mu gihe cye yubatse Ingoro arayikomeza.

2 Ni we wubatse imfatiro z’urukuta rurerure ruzengurutse Ingoro.

3 Mu gihe cye ni bwo hacukuwe ikizenga cy’amazi,

icyo kizenga cyari gifite ingero zingana n’iz’ikizenga kinini cyahoze mu Ngoro.

4 Simoni yari ashishikajwe no kurinda icyahungabanya umuryango we,

bityo umujyi yawuzengurukije urukuta rukomeye.

5 Mbega ikuzo yabaga afite iyo yasohokaga mu Cyumba kizira inenge cyane!

Yari afite ikuzo ashagawe n’umuryango we.

6 Yari ameze nk’inyenyeri yo mu rukerera imurika mu bicu,

yari ameze kandi nk’ukwezi kwazoye mu gihe cya Pasika.

7 Yari ameze nk’izuba rimurika ku Ngoro y’Usumbabyose,

yari ameze nk’umukororombya urabagirana mu bicu.

8 Yari mwiza nk’amaroza yo ku muhindo,

yari ameze nk’amalisi yameze hafi y’isōko y’amazi,

yari ameze nk’ibiti byo muri Libani mu gihe cy’impeshyi.

9 Yari ameze nk’umubavu wosherejwe ku rutambiro,

yari ameze nk’igikombe gikozwe mu izahabu gitatseho amabuye y’agaciro y’ubwoko bwose.

10 Yari ameze nk’umunzenze uhunzeho imbuto,

yari ameze kandi nk’umuzonobari ugera mu bicu.

11 Iyo Simoni yambaraga ikanzu ye y’umutambyi mukuru,

iyo yabaga atamirije imitako ibengerana,

iyo yazamukaga agana ku rutambiro,

urugo rwose rw’Ingoro rwuzuraga ikuzo.

12 Abatambyi bamuzaniraga imigabane y’ibitambo,

we yabaga ahagaze hafi y’urutambiro akikijwe na bagenzi be.

Yari ameze nk’urugemwe rw’isederi yo muri Libani,

bagenzi be bari bamukikije bameze nk’ibiti by’imikindo.

13 Abatambyi bakomoka kuri Aroni bose babaga bari aho,

babaga bambaye imyambaro yabo irabagirana,

babaga bahagaze imbere y’ikoraniro ry’Abisiraheli,

babaga bafite mu ntoki amaturo yeguriwe Uhoraho.

14 Iyo Simoni yarangizaga gutamba ibitambo ku rutambiro,

icyo gihe yamurikiraga Usumbabyose Nyirububasha amaturo yamweguriwe.

15 Yaramburiraga ikiganza ku gikombe agasuka divayi hasi ku rutambiro,

impumuro yayo yashimishaga Usumbabyose, Umugenga wa byose.

16 Abatambyi bakomoka kuri Aroni bavuzaga impundu,

bavuzaga n’impanda zikozwe mu cyuma,

bateraga hejuru kugira ngo Usumbabyose abibuke.

17 Nuko imbaga yose ikikubita hasi yubamye,

bityo bagasenga Umutegetsi wabo,

ni we Mana Ishoborabyose kandi Isumbabyose.

18 Abaririmbyi na bo bateraga indirimbo zimusingiza,

bamusingizaga mu ndirimbo nziza kandi zinogeye amatwi.

19 Imbaga yatakambiraga Uhoraho Usumbabyose,

bakomezaga gutakambira Imana nyir’impuhwe kugeza ubwo uwo muhango urangiye.

20 Hanyuma Simoni yamanukaga ku rutambiro,

yaramburiraga ibiganza ku ikoraniro ryose ry’Abisiraheli,

yarangururaga ijwi akabasabira umugisha w’Uhoraho,

yanezezwaga no kuvuga Izina ry’Uhoraho.

21 Nuko ikoraniro ryose rikongera kwikubita hasi ryubamye,

bityo bagahabwa umugisha w’Usumbabyose.

Isengesho ryo gushimira Imana

22 Nimusingize Imana yaremye byose,

nimushimire Imana ikorera ibitangaza ahantu hose,

ni yo itwitaho kuva tukivuka kandi ikatugirira impuhwe.

23 Imana nidusenderezemo ibyishimo,

nisakaze amahoro muri Isiraheli muri iki gihe n’iteka ryose!

24 Imana nikomeze kutugirira impuhwe,

niturokore igihe cyose tukiriho.

Ibihugu bitatu umwanditsi yanga

25 Hari ibihugu bibiri nazinutswe,

hari n’icya gatatu kidakwiye no kwitwa igihugu:

26 abo ni abatuye ku musozi wa Seyiri hamwe n’Abafilisiti,

hari n’abantu b’abapfapfa batuye i Shekemu.

Umwanzuro

27 Ni Yezu mwene Siraki n’umwuzukuru wa Eleyazari w’i Yeruzalemu, wanditse muri iki gitabo inyigisho zuzuye ubuhanga n’ubumenyi. Yagisenderejemo ubuhanga bwari bumurimo.

28 Hahirwa umuntu uzahora azirikana izo nyigisho kandi akazikomeraho kugira ngo abe umuhanga.

29 Koko rero, uzazikurikiza azagira imbaraga zo guhangana n’ibihe byose, kuko azaba amurikiwe n’Uhoraho.

Categories
Mwene Siraki

Mwene Siraki 51

Indirimbo yo gushimira Imana

1 Ndagushimira Uhoraho Mwami,

ndagushimira Mana wowe Mukiza wanjye.

Mana, ni wowe nshimira,

2 koko warandinze kandi urangoboka,

wankijije urupfu kandi ungobotora mu mutego w’abansebyaga,

wankijije abanzi igihe bari banyugarije.

3 Ku bw’impuhwe zawe zitagereranywa no ku bw’izina ryawe, wankijije abanzi.

Wankijije abashakaga kunyica,

wankijije ingorane nyinshi nahuye na zo.

4 Wankuye mu muriro wanzibiranyaga,

wankuye mu birimi by’umuriro ntari nacanye.

5 Wamvanye mu nyenga y’ikuzimu,

wandinze imvugo mbi n’amagambo y’ibinyoma,

6 wandinze abansebyaga ku mwami.

Hari ubwo nageze kure byo gupfa,

nari ngeze kure ngana ikuzimu.

7 Abanzi bari bangose impande zose mbura uwantabara,

nashatse uwangoboka sinamubona.

8 Uhoraho, nibutse imbabazi zawe,

nibutse n’ibitakangaza wakoze kuva kera,

nibutse ko ukiza abakwiyambaje,

nibutse ko ubagobotora mu nzara z’abagome.

9 Nuko aho ndi ku isi ndagutakambira,

naragutakambiye ngo unkize urupfu.

10 Uhoraho, naragutakambiye nti

“Uri Data, ntuntererane mu minsi y’amagorwa,

ntuntererane imbere y’abirasi.

11 Sinzahwema kugusingiza,

nzakuririmbira ngushimira.”

12 Isengesho ryanjye wararyumvise,

warankijije undinda kurimbuka,

wandwanyeho mu bihe bibi.

Ni yo mpamvu nzagushimira nkagusingiza,

Uhoraho, nzarata izina ryawe.

Gushakashaka ubuhanga

13 Nkiri muto mbere y’uko ngenda ibihugu narasengaga,

nasengaga nsaba ubuhanga.

14 Najyaga imbere y’Ingoro ngasaba ubuhanga,

nzakomeza mbusabe igihe cyose nzaba nkiriho.

15 Ubuhanga bwankuriyemo nk’imbuto z’umuzabibu buntera umunezero,

kuva nkiri muto narabukurikiye,

narabukurikiye bunyereka inzira iboneye.

16 Nabaye ngitega amatwi mpita mbuhabwa,

nabuboneyemo ubumenyi bwinshi.

17 Nungutse byinshi mbikesha ubuhanga,

nzahora nsingiza Uwabumpaye.

18 Koko niyemeje kubukurikiza,

naharaniye gukora icyiza,

bityo sinzakorwa n’ikimwaro.

19 Naharaniye kugira ubuhanga,

nitondeye gukurikiza Amategeko y’Imana.

Narambuye amaboko ntakambira Imana,

nicujije ko hari ibyo ntaramenya byerekeye ubuhanga.

20 Nyamara nabwerekejeho umutima,

nirinze gucumura maze mbugeraho.

Ubuhanga bwanyunguye ubwenge kuva mu ntangiriro,

ni yo mpamvu butazantererana.

21 Nashishikariye kubushakashaka,

bityo nagize ubukungu butagereranywa.

22 Uhoraho yampaye impano yo kuvuga,

nzayikoresha kugira ngo musingize.

23 Mwa bapfapfa mwe, nimunyegere,

nimuze mwigishwe Ubuhanga.

24 Kuki mwivukije ubuhanga kuva kera?

Kuki mwabwivukije kandi mubufitiye inyota?

25 Naravuze nti: “Nimubuhabwe nta kiguzi,

26 nimuce bugufi mwikorere umutwaro wabwo,

bityo muzagira ubumenyi,

koko muzabusanga hafi yanyu.

27 Nimwirebere namwe, sinavunitse bikabije,

nyamara nageze ku cyo nifuzaga.

28 Nimutange ifeza nyinshi mugure ubumenyi,

nimubugeraho muzunguka izahabu itagira ingano.”

29 Mujye munezezwa n’impuhwe z’Uhoraho,

ntimugaterwe isoni no kumusingiza.

30 Mujye mukora umurimo mushinzwe mu gihe cyagenwe,

Uhoraho na we azaba igihembo mu gihe gikwiriye.

Ngubwo ubuhanga bwa Yezu mwene Siraki.

Categories
Baruki

Baruki 1

Baruki hamwe n’ikoraniro ry’Abayahudi i Babiloni

1 Iki gitabo cyanditswe na Baruki mwene Neriya, mwene Māseya, mwene Sedekiya, mwene Azariya, mwene Hilikiya. Yacyandikiye i Babiloni

2 ku itariki ya karindwi y’ukwezi, mu mwaka wa gatanu Abanyababiloniya bamaze gufata Yeruzalemu bakanayitwika.

3 Baruki asomera ayo amagambo yanditse imbere ya Yekoniyamwene Yoyakimu umwami w’u Buyuda, n’imbere y’abantu bose bari baje kumwumva,

4 n’imbere y’abanyacyubahiro n’ibikomangoma n’abakuru b’imiryango, n’imbere ya rubanda rwose, abakuru n’abato bari batuye i Babiloni ku nkengero z’uruzi rwa Sudi.

5 Abantu bamaze kumva ayo magambo bararize, bigomwa kurya kandi basengera imbere ya Nyagasani.

6 Nuko bakoranyiriza hamwe ifeza, buri wese atanga akurikije ubushobozi bwe,

7 maze bazohereza i Yeruzalemu kwa Yoyakimu umutambyi mwene Hilikiya, mwene Shalumu, no ku bandi batambyi no ku bantu bose bari kumwe na we i Yeruzalemu.

8 Ku itariki ya cumi y’ukwezi kwa Sivani,Baruki afata ibikoresho byari byaravanywe mu Ngoro y’Uhoraho, kugira ngo abigarure mu Buyuda. Ibyo byari ibikoresho Sedekiya mwene Yosiya umwami w’u Buyuda yari yarakoresheje mu ifeza,

9 nyuma y’aho Nebukadinezari umwami wa Babiloniya ajyanye ho iminyago Yekoniya, amujyana i Babiloni hamwe n’abatware, n’abanyabukorikori n’abanyacyubahiro na rubanda, abavanye i Yeruzalemu.

Ibaruwa yandikiwe ab’i Yeruzalemu

10 Nuko bandikira abantu b’i Yeruzalemu muri aya magambo:

Izi feza tuboherereje muzaziguremo amatungo y’ibitambo bikongorwa n’umuriro, n’ibyo guhongerera ibyaha, hamwe n’imibavu n’amaturo y’ibinyampeke maze mubitambire ku rutambiro rwa Nyagasani Imana yacu.

11 Musabire kandi Nebukadinezari umwami wa Babiloniya, musabire n’umuhungu we Belishazari kugira ngo bazabeho igihe kirekire nk’ijuru.

12 Bityo Nyagasani azaduha imbaraga, atumurikire kandi atuyobore. Nebukadinezari umwami wa Babiloniya n’umuhungu we Belishazari bazaturinda, tubakorere igihe kirekire kandi tubagireho ubutoni.

13 Natwe kandi mudusabire kuri Nyagasani Imana yacu, kuko twamucumuyeho akaba akiturakariye.

14 Musome icyo gitabo tuboherereje, maze mwicuze ibyaha byanyu mu Ngoro ya Nyagasani ku minsi mikuru y’Ingando, no ku yindi minsi mikuru.

Ukwicuza ibyaha

15 Dore uko muzajya muvuga: Nyagasani Imana yacu ni intabera, nyamara twebwe dukozwe n’ikimwaro nk’uko bimeze ubu. Twebwe twese abantu bo mu Buyuda n’ab’i Yeruzalemu,

16 abami n’abatware bacu n’abatambyi bacu, n’abahanuzi bacu na ba sogokuruza twakozwe n’ikimwaro.

17 Koko twacumuye kuri Nyagasani,

18 twaragomye kandi ntitwumvira Nyagasani Imana yacu, wadushishikarizaga gukurikiza amategeko yaduhaye.

19 Kuva ubwo Nyagasani avanye ba sogokuruza mu gihugu cya Misiri kugeza uyu munsi, twakomeje guhemukira Nyagasani Imana yacu, turigomeka twanga kumwumvira.

20 Ngiyo imvano y’ibyago n’imivumo byatwibasiye kugeza n’ubu, nk’uko Nyagasani yabibwiye umugaragu we Musa, igihe avanye ba sogokuruza mu Misiri akaduha igihugu gitemba amata n’ubuki.

21 Twanze kumvira Nyagasani Imana yacu, ntitwakurikiza amabwiriza y’abahanuzi yadutumyeho,

22 ahubwo buri muntu yakurikije ibyifuzo bibi by’umutima we, ayoboka ibigirwamana kandi akora ibitanogeye Nyagasani Imana yacu.