Categories
Mwene Siraki

Mwene Siraki 33

1 Uwubaha Uhoraho nta cyago kizamugwirira,

igihe cy’ibigeragezo azarokoka.

2 Umunyabwenge ntashobora kwanga Amategeko,

nyamara ku muntu uriganya amubera nk’ubwato buhungabanywa n’umuhengeri.

3 Umunyabwenge yizera Amategeko y’Imana,

kuri we Amategeko akwiye kwizerwa nk’ijambo ry’Imana.

4 Niba ushaka ko bakumva ujye ubanza utegure ibyo uvuga,

ujye ubanza ukoranye ibitekerezo byawe ubone gusubiza.

5 Ibitekerezo by’umupfapfa bimeze nk’uruziga,

ibyifuzo bye bihora bihindagurika.

6 Incuti innyegana imeze nk’ifarasi yarinze,

iyo hari ushatse kuyurira irasakuza.

Ubusumbane bw’abantu

7 Kuki hari umunsi uhabwa agaciro kurusha iyindi?

Nyamara iminsi yose imurikirwa n’izuba.

8 Uhoraho ni we wayitandukanyije,

ni we washyizeho ibihe by’umwaka n’iminsi mikuru.

9 Iminsi imwe yarayiyeguriye,

indi yayigize iminsi isanzwe.

10 Abantu bose baremwe mu mukungugu,

Adamu na we yaremwe mu mukungugu.

11 Nyamara Uhoraho yabatandukanyije akoresheje ubuhanga bwe buhebuje,

yabahaye imibereho itandukanye.

12 Bamwe yabahaye umugisha arabakuza,

abandi yarabiyeguriye arabiyegereza,

abandi yarabavumye abacisha bugufi,

yabakuye mu mwanya barimo.

13 Nk’uko umubumbyi afata ibumba akaribumbamo icyo ashaka,

ni na ko abantu bameze mu maboko y’Uwabaremye,

babaho hakurikijwe uko yabigennye.

14 Ikibi kigendana n’icyiza,

urupfu rugendana n’ubuzima,

umuntu ukunda Uhoraho abana n’umunyabyaha.

15 Ujye witegereza ibikorwa byose by’Usumbabyose,

kimwe kijyana n’ikindi bibangikanye.

Umugambi w’umwanditsi

16 Jyewe naje gukora nyuma y’abandi,

naje nk’umuntu uhumba imizabibu nyuma y’isarura.

17 Nyamara Uhoraho yampaye umugisha ndangiza umurimo nashinzwe,

nakoze nk’umusaruzi w’imizabibu wujuje umuvure.

18 Nimumenye ko atari jye ubwanjye wikoreraga,

ahubwo nakoreraga n’abandi bose bashaka kwigishwa.

Igihe ukiriho ntugatagaguze ibyawe

19 Mwa bategetsi mwe, nimunyumve,

namwe bakuru b’ikoraniro, nimuntege amatwi!

20 Igihe ukiriho ntukemere gutegekwa n’abandi,

yaba umwana cyangwa umugore,

yaba umuvandimwe cyangwa incuti,

ntuzagire uwo wemerera ko agutegeka ukiriho,

ntuzagire undi muntu ugabira umutungo wawe,

ejo utazicuza icyatumye ubibaha maze ukabibaka.

21 Igihe ukiriho ukaba ugihumeka,

ntuzagire uwo wemerera ko agutegeka.

22 Ikiruta ni uko abana bawe bagusaba,

aho kugira ngo abe ari wowe ubategera amashyi.

23 Ibyo ukora byose ujye ubitunganya,

ujye wirinda icyagusebya.

24 Igihe iminsi yawe izaba yegereje,

mbere yo gupfa ibyawe uzabitange ho umurage.

Uko inkoreragahato zikwiriye gukoreshwa

25 Indogobe ihabwa ubwatsi, igakubitwa kandi igatwara imizigo,

inkoreragahato na yo iragaburirwa, igakosorwa kandi igakora.

26 Nukoresha inkoreragahato yawe uzagubwa neza,

nuyireka igakora ibyo yishakiye izigendera.

27 Ingoyi n’ibiziriko bitsikamira ijosi ry’ikimasa,

inkoreragahato mbi zikwiye guhanishwa inkoni.

28 Inkoreragahato yawe ujye uyihatira gukora,

ujye uyihatira gukora itazaba imburamukoro,

koko ubunebwe bwigisha ingeso mbi nyinshi.

29 Ujye ukoresha inkoreragahato kuko ari cyo ibereyeho,

niyanga kukumvira ujye uyiboha.

30 Nyamara ntukagire uwo urengereza urugero,

ntukagire icyo ukora umurenganya.

31 Niba utunze inkoreragahato imwe ujye uyifata nkawe ubwawe,

koko uba warayibonye wiyushye akuya.

32 Niba ari yo yonyine utunze ujye uyifata nk’umuvandimwe,

koko uba umukeneye nk’uko ukeneye kubaho.

33 Numufata nabi akigendera uzamushakashakira he?

Categories
Mwene Siraki

Mwene Siraki 34

Kutiringira inzozi

1 Umupfapfa yizera ibitagira umumaro,

inzozi zitera ibigoryi kwiyemera.

2 Kwiringira inzozi ni nko gushaka gufata igicu,

kuziringira ni nko kwiruka inyuma y’umuyaga.

3 Indorerwamo n’inzozi bifitanye isano,

mu ndorerwamo habonekamo ishusho itari umuntu by’ukuri.

4 Mbese mu kintu gihumanye havamo icyiza?

Mbese mu kinyoma havamo ukuri?

5 Kuragura, gucuragura n’inzozi nta cyo bimaze,

ni nk’ibitekerezo by’umugore uri ku nda.

6 Ntukite ku nzozi nk’izo,

ntukaziteho keretse ziturutse ku Usumbabyose.

7 Koko inzozi zayobeje benshi,

abaziringiye bakozwe n’isoni.

8 Amategeko y’Imana aratunganye nta buriganya buyarangwamo,

itegeko rigomba gukurikizwa nta kinyoma,

ku muntu w’intungane ubuhanga bwuzuye ubutungane.

Ibyerekeye ingendo

9 Umuntu wagenze cyane amenya byinshi,

umuntu w’inararibonye avugana ubwenge.

10 Umuntu utarahura n’ibibazo aba nta cyo aramenya,

nyamara uwagenze amenya byinshi.

11 Mu ngendo zanjye nabonye byinshi,

nabonye byinshi kuruta uko nshobora kubivuga.

12 Kenshi nari mu kaga hafi yo gupfa,

nyamara nakizwaga n’ubushishozi nari mfite.

Kubaha Uhoraho

13 Abubaha Uhoraho bazarama,

bazarama kuko biringira Ushobora kubakiza.

14 Umuntu wubaha Uhoraho nta cyo yikanga,

ntahinda umushyitsi kuko Imana ari yo mizero ye.

15 Hahirwa umuntu wubaha Uhoraho!

Ni nde yishingikirizaho?

Ni nde uzamushyigikira?

16 Uhoraho ahora ahanze amaso abamukunda,

ni umurinzi wabo ukomeye abashyigikira n’imbaraga,

abarinda inkubi y’umuyaga n’izuba ry’amanywa y’ihangu,

abarinda kugwa mu mutego no gucumura.

17 Abuzuza umunezero akabamurikira,

atanga ubuzima no kubaho n’umugisha.

Ibikorwa binyura Imana

18 Gutamba igitambo cy’icyibano ni ugusuzugura Imana,

amaturo y’abadakurikiza Amategeko ntayishimisha.

19 Usumbabyose ntanyurwa n’amaturo y’abamugomera,

ntababarira ibyaha akurikije ubwinshi bw’ibitambo.

20 Umuntu utamba igitambo yibye umukene,

ni nk’umuntu wicira umwana imbere ya se.

21 Umukene aronka umugati yiyushye akuya,

uwumuvutsa aba ari umwicanyi.

22 Uwambura mugenzi we ikimutunga aba amwishe,

uwima umukozi igihembo cye aba amennye amaraso.

23 Umuntu umwe arubaka undi agasenya,

mbese bombi baba bungutse iki uretse umuruho?

24 Umuntu umwe arasenga undi akavumana,

mbese Uhoraho azumva ijwi rya nde?

25 Uwiyuhagira amaze gukora intumbi akongera akayikora,

uko kwiyuhagira kuba kumumariye iki?

26 Ni nk’umuntu wigomwa kurya kubera ibyaha bye akongera agacumura.

Mbese ni nde uzumva isengesho rye?

None se kwicisha bugufi kwe byamwunguye iki?

Categories
Mwene Siraki

Mwene Siraki 35

Ibyerekeye Amategeko n’ibitambo

1 Kubahiriza Amategeko ni kimwe no gutura amaturo menshi,

gukurikiza amabwiriza ni kimwe no gutamba igitambo cy’umusangiro.

2 Kugira neza ni kimwe no gutura ituro ry’ifu y’ingano inoze,

umuntu ufashije umukene aba atambye igitambo cy’umusangiro.

3 Kureka icyaha bishimisha Uhoraho,

kureka ikibi ni nk’igitambo cyo guhongerera ibyaha.

4 Ntukajye imbere y’Uhoraho udafite amaturo,

koko ibyo biteganywa n’Amategeko.

5 Igitambo cy’intungane kiba gitunganye,

impumuro yacyo nziza igera ku Usumbabyose.

6 Uhoraho ashima igitambo cy’intungane,

aragishima ntakibagirwe.

7 Ujye usingiza Uhoraho ubikuye ku mutima,

ntukagire ubugugu bwo gutanga umuganura w’ibyo wejeje.

8 Ibyo utanga byose ujye ubitanga wishimye,

ujye uturana ibyishimo kimwe cya cumi cy’ibyo utunze.

9 Ujye uha Uhoraho ukurikije ibyo yaguhaye,

ujye ubikorana umutima ukeye ukurikije uko wifite.

10 Koko Uhoraho azakwitura,

ibyo umuhaye azabikuba incuro ndwi.

Umucamanza utabera

11 Ntugashukashukishe Uhoraho amaturo yawe kuko atazayakira,

ntukishingikirize ku gitambo cy’uburiganya,

12 koko rero Uhoraho ni umucamanza utabera.

13 Ntabogama ngo arenganye umukene,

yumva isengesho ry’urengana wese.

14 Ntiyirengagiza amaganya y’imfubyi,

ntiyirengagiza umupfakazi umutakambiye.

15 Yita kandi ku marira atemba ku matama y’umupfakazi,

induru ye irega uwamuteye ayo marira.

Ububasha bw’isengesho

16 Umuntu ufite ubushake bwo gukorera Uhoraho arashimwa,

isengesho rye rigera mu bicu.

17 Isengesho ry’uwicisha bugufi rigera mu bicu,

ntarireka kugeza ubwo rigera mu ijuru.

18 Ntahwema kugeza ubwo Usumbabyose amwitaho,

ntahwema kugeza ubwo Usumbabyose arenganura intungane kandi agasakāza ubutabera.

Igihano cy’amahanga

19 Uhoraho ntazatinda kandi ntazabihanganira,

20 ntazabihanganira kugeza ubwo arimbuye abagome,

ntazabihanganira kugeza ubwo ahannye amahanga.

21 Ntazabihanganira kugeza ubwo azatsemba abirasi,

ntazabihanganira kugeza ubwo akuyeho ubutegetsi bw’abagome.

22 Ntazabihanganira kugeza ubwo azitura buri muntu ibyo yakoze,

azahemba abantu akurikije imigambi yabo.

23 Ntazihangana kugeza ubwo azacira urubanza abantu be,

azabanezeza kubera impuhwe ze.

24 Imbabazi zigoboka abantu mu gihe cy’akaga,

zibabera nk’imvura igwa mu gihe cy’amapfa.

Categories
Mwene Siraki

Mwene Siraki 36

Isengesho ryo gusabira Isiraheli

1 Mana Mugenga wa byose, utugirire imbabazi,

utugirire imbabazi kandi utume amahanga yose akubaha.

2 Hagurukira ibihugu by’abanyamahanga,

bihagurukire bimenye ububasha bwawe.

3 Uko waduhannye ukabagaragariza ubuziranenge bwawe,

ni na ko ukwiriye kubahana ukatugaragariza ububasha bwawe.

4 Uhoraho, nibakumenye nk’uko natwe twakumenye,

nibamenye ko nta Mana yindi ibaho itari wowe.

5 Erekana ibimenyetso bishya kandi ukore ibindi bitangaza,

uheshe ikuzo ukuboko kwawe kw’iburyo.

6 Erekana umujinya wawe ukwize uburakari bwawe,

tsemba abanzi bacu n’abadukandamiza.

7 Gira bwangu wibuke indahiro yawe,

bityo bajye barata ibikorwa byawe bitangaje.

8 Umuriro w’uburakari bwawe nutwike abacitse ku icumu,

abatoteza abantu bawe nibarimbuke.

9 Janjagura imitwe y’abatware b’amahanga,

bo bibwira bati: “Ni twe turiho twenyine!”

10 Ukoranyirize hamwe abakomoka kuri Yakobo,

ubasubize igihugu cyabo nk’uko byari bimeze mbere.

11 Uhoraho, babarira abantu bawe bitirirwa izina ryawe,

babarira Isiraheli wagize impfura yawe.

12 Girira impuhwe umurwa wawe muziranenge,

girira impuhwe Yeruzalemu wagize uburuhukiro bwawe.

13 Kwiza muri Siyoni ibisingizo byawe,

Ingoro yawe uyuzuzemo ikuzo ryawe.

14 Garagaza ko ari wowe waremye Isiraheli kuva mu ntangiriro,

uzuza ibyahanuwe mu izina ryawe.

15 Uhe abakwizera ibyo wabasezeranyije,

abahanuzi bawe nibabe abanyakuri.

16 Uhoraho, umva isengesho ry’abagaragu bawe,

bumve ukurikije umugisha Aroni yahaye abantu bawe.

17 Ibyo bizatuma abatuye isi bose bakumenya,

bazamenya ko ari wowe Uhoraho Imana ubuziraherezo.

Ibyerekeye ubushishozi

18 Igifu cyakira ibyokurya by’amoko yose,

nyamara hari ibikiryohera kuruta ibindi.

19 Uko akanwa kamenya guhitamo inyama ziryoshye,

ni na ko umunyabwenge amenya amagambo y’ibinyoma.

20 Umunyabwengebuke atera abantu agahinda,

nyamara uw’inararibonye amenya ikimukwiye.

Guhitamo umugore

21 Umugore yemera umugabo ubonetse wese,

nyamara umugabo ahitamo umugore yitonze.

22 Uburanga bw’umugore bushimisha umugabo,

burenze kure ibyo umugabo yifuza byose.

23 Iyo arangwa n’umutima mwiza kandi akavugana ituze,

icyo gihe umugabo aba ahirwa kuruta abandi bose.

24 Umugabo iyo ashatse umugore aba atangiye gukungahara,

aba abonye umufasha mwiza n’inkingi yishingikiriza.

25 Umurima utazitiye wigabizwa n’abajura,

umugabo udafite umugore abari umunyabyago kandi ararindagira.

26 Ni nde wakwiringira umujura utagira aho aba,

umujura uva mu mujyi akirukira mu wundi?

27 Umuntu umeze atyo ni nk’umugabo utagira aho aba,

ni nk’umugabo urara aho bwije.

Categories
Mwene Siraki

Mwene Siraki 37

Incuti y’ukuri n’ingirwancuti

1 Umuntu wese aravuga ati: “Ndi incuti yawe”,

nyamara hari uba ari incuti ku izina gusa.

2 Mbega ukuntu biteye agahinda gakomeye!

Biteye agahinda kubona incuti yawe iguhindukiye umwanzi!

3 Kurarikira ikibi kwacu tubikomora kuki?

Icyo kibi cyakwije ibinyoma ku isi gikomoka he?

4 Hari umuntu ukubera incuti igihe cy’umunezero,

nyamara amakuba yaza akakwigarika.

5 Hari umuntu ufasha incuti ye agamije inyungu,

nyamara umwanzi yatera akirwanaho ubwe.

6 Ntukibagirwe incuti magara,

nukungahara ntukayirengagize.

Umujyanama mwiza n’umubi

7 Buri mujyanama ashimagiza inama ze,

nyamara hari utanga inama ashaka indonke.

8 Ujye witondera ukugira inama,

ujye ubanza umenye icyo agambiriye.

Koko ashobora kuba yishakira inyungu ze bwite,

bityo akaba agambiriye kukuroha.

9 Arakubwira ati: “Imigenzereze yawe ni myiza”,

nyamara arakwitarura ngo arebe uko bikugendekera.

10 Ntukagishe inama umuntu utizeye,

imigambi yawe ntukayibwire umuntu ugufitiye ishyari.

11 Ntukagishe inama umugore ku byerekeye mukeba we,

ntukagishe inama ikigwari ku byerekeye intambara,

ntukagishe inama umucuruzi ku byerekeye ubuguzi,

ntukagishe inama umuguzi ku byerekeye ubucuruzi,

ntukagishe inama umunyeshyari ku byerekeye inyiturano,

ntukagishe inama umunyabugugu ku byerekeye ubuntu,

ntukagishe inama umunebwe ku byerekeye umurimo,

ntukagishe inama umucancuro ku byerekeye irangira ry’umurimo,

ntukagishe inama umugaragu w’umunebwe ku byerekeye akazi gakomeye.

Ntukiringire inama z’abo bantu,

12 ahubwo ujye wibanda ku muntu wubaha Imana,

umuntu uzwiho gukurikiza Amategeko yayo,

umuntu ukwitaho akababazwa n’ingorane zawe.

13 Ujye utsimbarara ku migambi y’umutima wawe,

koko nta muntu wawurusha kukubera indahemuka.

14 Umutimanama w’umuntu akenshi uramuburira,

uramuburira kuruta abarinzi barindwi bari ahirengeye.

15 Ikiruta byose ujye usenga Usumbabyose,

ujye umusenga azakuyobora mu kuri.

Ubuhanga nyakuri n’ubw’ibinyoma

16 Igikorwa cyose kibanza gutegurwa,

ujye ubanza utekereze mbere yo kugira icyo ukora.

17 Ibitekerezo bituruka mu mutima,

ni wo shingiro ry’ibi bintu bine:

18 ikibi n’icyiza, urupfu n’ubuzima,

ibyo byose kandi bitegekwa n’ururimi.

19 Hari abantu b’abahanga mu guhugura abandi,

nyamara bo ubwabo ntibagire icyo bimarira.

20 Umuntu uvuga menshi yangwa na benshi,

amaherezo bazamwima ibimutunga.

21 Koko Uhoraho ntiyamugiriye ubuntu,

bityo nta buhanga aranganwa.

22 Hari umuntu ugira ubwenge bukamugirira akamaro we ubwe,

abona ko amagambo ye akwiye kwizerwa.

23 Umunyabwenge yigisha abantu be,

inyigisho ze bazibonamo ukuri.

24 Umunyabwenge azashimagizwa,

abamubonye bose bamwita umuhire.

25 Ubuzima bw’umuntu bumara igihe gito,

nyamara iminsi ya Isiraheli izahoraho.

26 Umunyabwenge agirirwa icyizere n’abantu be,

izina rye ntirizibagirana.

Kutarenza urugero

27 Mwana wanjye, mu mibereho yawe ntukarenze urugero,

ujye wirinda icyo ubona cyakugirira nabi.

28 Koko ibintu byose si ko bishimwa na bose,

abantu kandi si ko babikunda byose.

29 Ntukararikire ibinezeza byose,

ntukagire umururumba w’ibyokurya.

30 Koko kurya byinshi bitera indwara,

kugwa ivutu bitera iseseme.

31 Abantu benshi bishwe no kugwa ivutu,

umuntu ubyirinda ararama.

Categories
Mwene Siraki

Mwene Siraki 38

Ibyerekeye indwara no kwivuza

1 Ujye uha umuganga icyubahiro kimukwiye,

koko na we ni ikiremwa cy’Uhoraho.

2 Ubuhanga bwo kuvura abuhabwa n’Usumbabyose,

bumeze nk’impano itangwa n’umwami.

3 Ubuhanga bw’umuganga bumuhesha icyubahiro,

ashimwa kimwe n’abantu bakomeye.

4 Uhoraho ni we waremye imiti mu bimera,

umuntu uzi ubwenge ntayisuzugura.

5 Mbese igiti si cyo cyatumye amazi aryohera?

Uko ni ko cyamenyekanishije ububasha bukirimo.

6 Uhoraho ni we wahaye abantu ubumenyi,

yarabubahaye kugira ngo bamushimire ibyiza yaremye.

7-8 Umuhanga mu byo kuvanga ibiti arabyifashisha,

umuganga na we arabikoresha agakiza indwara.

Bityo abantu Imana yaremye bahorana ubuzima,

Imana ni yo itanga ubuzima ku isi hose.

9 Mwana wanjye, nurwara ntukirangareho,

ujye usenga Uhoraho azagukiza.

10 Ujye wicuza ibyaha uhitemo gukora ibitunganye,

ujye wirinda icyaha icyo ari cyo cyose.

11 Ujye utura Imana imibavu myiza n’ifu nziza ku rugero ushoboye,

iryo turo ry’ifu nziza ujye urisukaho amavuta.

12 Hanyuma uhe umwanya muganga kuko ari ikiremwa cy’Uhoraho,

ntukamuhunge kuko na we umukeneye.

13 Hari igihe gukira kwawe ubikesha muganga,

14 koko na bo basenga Uhoraho,

baramusenga akabaha ubushobozi bwo kuvura no gukiza,

bityo abarwayi bakongera kugira ubuzima.

15 Umuntu ukunda gucumura ku Uwamuremye,

uwo akwiriye kugwa mu maboko ya muganga.

Ibyerekeye icyunamo

16 Mwana wanjye, ujye uririra uwapfuye,

ujye umurira ufite ishavu n’umubabaro.

Ujye ushyingura umurambo we mu cyubahiro,

ntukabure mu ishyingurwa rye.

17 Ujye urira ubabaye cyane umugire mu cyunamo uko bikwiye,

uzarire umunsi umwe cyangwa ibiri hato batakunegura,

bityo wihanagure amarira.

18 Koko rero guhora ushavuye bica intege,

guhorana agahinda bikurura urupfu.

19 Icyago ntigitana n’umubabaro,

nyamara ubukene ntawe ubwihanganira.

20 Ntugatume umutima wawe ugira agahinda,

ujye ukirinda wibuke ko byose bifite iherezo.

21 Ujye uzirikana ko upfuye atagaruka,

kuririra uwapfuye nta cyo bimaze,

ni wowe ubwawe uba wigirira nabi.

22 Ujye uzirikana ko nawe uzapfa,

“Ejo yari we, uyu munsi ni jye.”

23 Umuntu napfa ntugakomeze kumutekereza,

navamo umwuka ujye wihangana.

Ibyerekeye abanyabukorikori

24 Umwigishamategeko agomba igihe gihagije cyo kwiga,

agomba kureka indi mirimo kugira ngo agire ubuhanga.

25 Mbese umuhinzi yaba umunyabwenge?

Aterwa ishema no gufata inkoni akayobora ibimasa,

arabiyobora bigakurura imashini ihinga.

Nta bindi biganiro agira uretse ibyerekeye amatungo.

26 Ashishikazwa no guca imiringoti mu murima,

arara atekereza aho azabona urwuri rw’inka ze.

27 Ameze nk’umunyabukorikori cyangwa umwubatsi ukora amanywa n’ijoro,

ameze nk’abakora amakashe, bagashishikazwa no gukora amashusho anyuranye.

Buri wese ashishikarira kwigana igishushanyombonera,

bityo akarara amajoro atunganya igikorwa cye.

28 Ameze nk’umucuzi wicaye iruhande rw’icyuma acuriraho,

yitegereza icyuma agiye gucura,

ubukana bw’umuriro bumutera icyunzwe,

ahangana n’ubushyuhe bwo mu ruganda.

Urusaku rw’inyundo rumumena amatwi,

ahanga amaso ku gishushanyombonera,

ashishikarira gutunganya igikorwa cye,

arara amajoro akinonosora.

29 Ameze nk’umubumbyi uriho abumba,

ahindukiza icyo abumba akoresheje ibirenge byombi,

ahora ashishikajwe n’igikorwa cye,

ashishikarira kubumba ibintu byinshi.

30 Akāta ibumba akoresheje amaboko ye,

arariribata kugira ngo rinoge,

ashishikarira kunogereza icyo abumba,

arara amajoro atunganya icyocyezo.

31 Abo bose bagirira icyizere amaboko yabo,

buri wese akorana ubuhanga umwuga we.

32 Abo bantu batariho nta mujyi wakubakwa,

nta wawuturamo nta n’uwawugeramo.

33 Nyamara ntibatumirwa mu nama y’umujyi,

mu ikoraniro ntibahabwa umwanya w’icyubahiro,

ntibashobora kuba abacamanza,

ntibasobanukiwe ibyerekeye Amategeko.

Ntibarangwaho ubumenyi n’ubuhanga buhanitse,

nta n’ubwo bavugwa mu bahimbye imigani.

34 Nyamara umurimo wabo utuma ibyaremwe bihagarara neza,

mu isengesho ryabo basaba gutunganya umwuga wabo.

Categories
Mwene Siraki

Mwene Siraki 39

Igisingizo cy’umwigishamategeko

1 Ibyo si ko biri ku muntu ushishikarira kwiga ibyerekeye Amategeko y’Usumbabyose,

ashakashaka ubuhanga bw’abakurambere,

ashishikarira ibyavuzwe n’abahanuzi,

2 azirikana amagambo yavuzwe n’abantu b’ibirangirire,

ashobora gusobanura imigani.

3 Asesengura amabanga ari mu migani,

ashobora no gusobanura amagambo akomeye.

4 Uwo muntu ashobora gukorera abakomeye,

aboneka mu ikoraniro ry’abategetsi,

akora ingendo mu bihugu by’amahanga,

koko afite ubushishozi ku byerekeye ibyiza n’ibibi bikorwa n’abantu.

5 Azinduka mu museso akerekeza umutima ku Uhoraho Umuremyi we,

asengera imbere y’Usumbabyose,

atakambira Imana ngo imubabarire ibyaha bye.

6 Asaba kandi Uhoraho Imana ikomeye kumuha ubwenge,

bityo azatangaza ubuhanga bwe,

mu isengesho rye azashimira Uhoraho.

7 Azarangwa n’inama nziza n’ubumenyi buhanitse,

azasesengurana ubushushozi amabanga y’Imana.

8 Azerekana ibikubiye mu nyigisho yahawe,

azanezezwa n’Amategeko y’Isezerano ry’Uhoraho.

9 Benshi bazarata ubwenge bwe kandi ntibuzibagirana,

abantu ntibazamwibagirwa na rimwe,

izina rye rizahoraho uko ibisekuruza bizasimburana.

10 Abantu bazarata ubuhanga bwe,

bazamusingiriza mu ikoraniro.

11 Narama izina rye rizaruta ayandi menshi,

napfa bizaba bimuhagije.

Igisingizo cy’ubuhanga bw’Imana

12 Ndashaka kugaragaza ibitekerezo byanjye,

koko binyuzuyemo nk’ukwezi kwazoye.

13 Bana banjye b’intungane, nimuntege amatwi,

nimukure nk’ururabyo rwameze ku nkombe y’umugezi.

14 Nimutāme impumuro nziza nk’umubavu,

nimurabye indabyo nyinshi nk’amalisi,

nimukwize hose impumuro yanyu,

nimusingize Uhoraho mumushimire ibikorwa bye byose.

15 Nimutangaze ububasha bw’izina rye,

mumusingize muririmba kandi mucuranga,

nimumushimire muririmba muti

16 “Mbega ukuntu ibikorwa byose by’Uhoraho ari byiza!

Icyo ategetse cyose gikorwa mu gihe cyacyo.”

17 Ntimukibaze muti: “Iki ni iki?”

Cyangwa muti: “Kiriya kimaze iki?”

Koko buri kintu kizasobanuka mu gihe cyacyo.

18 Ku bw’itegeko rye icyo yifuza cyose kirakorwa,

nta wushobora kuburizamo igikorwa cye cy’agakiza.

19 Ibikorwa byose by’abantu biri imbere y’Uhoraho,

nta muntu ushobora kumwihisha.

20 Uhoraho areba ibuziraherezo,

kuri we nta gitangaje kibaho.

21 Ntimukibaze muti: “Iki ni iki?”

Cyangwa muti: “Kiriya kimaze iki?”

Koko buri kintu cyose gifite icyo cyaremewe.

22 Umugisha we usendera igihugu,

ugisendera nk’umwuzure.

23 Uhoraho azaha amahanga uburakari bwe ho umurage,

azabigenza nk’uko yahinduye amazi umunyu.

24 Inzira ze zibonereye intungane,

nyamara ku bagome zirimo inzitizi.

25 Kuva mu ntangiriro ibintu byiza yabigeneye intungane,

ibibi yabigeneye abanyabyaha.

26 Ibi ni byo by’ingenzi mu mibereho y’abantu:

amazi n’umuriro, icyuma n’umunyu,

ifu n’amata n’ubuki,

divayi n’amavuta n’imyambaro.

27 Ibyo bintu byose bigirira akamaro abemera Imana,

abanyabyaha bibagwa nabi.

28 Hari imiyaga yabereyeho guhana abanyabyaha,

iyo yarakaye iteza ibyorezo bikomeye,

igihe cy’urubanza yongera ubukana bwayo,

bityo ihosha uburakari bw’Uwayiremye.

29 Umuriro n’urubura, inzara n’urupfu,

ibyo byose byaremewe guhana abanyabyaha.

30 Imikaka y’inyamaswa, manyenga n’impiri,

inkota ihana abanyabyaha ikabarimbura,

31 ibyo byose bishimishwa no gukurikiza Amategeko y’Imana.

Biri ku isi byiteguye gukorera Imana,

igihe nikigera bizubahiriza ijambo ryayo.

32 Kuva mu ntangiriro narabisobanukiwe,

nabitekerejeho maze ndandika nti:

33 “Ibiremwa by’Uhoraho byose ni byiza,

aha abantu ibyo bakeneye mu gihe gikwiye.”

34 Ntimukavuge muti: “Iki ni kibi kurusha kiriya”,

koko ubwiza bwa buri kintu buzamenyekana mu gihe cyacyo.

35 None rero nimuririmbe mubikuye ku mutima,

nimurangurure musingize izina ry’Uhoraho.

Categories
Mwene Siraki

Mwene Siraki 40

Amagorwa ya muntu

1 Amagorwa menshi yaremewe buri muntu wese,

umutwaro uremereye uri kuri bene Adamu kuva bakivuka,

uzabagumaho kugeza igihe bazapfira.

2 Ibyo bahora batekereza bibakura umutima,

iyo nkeke bayiterwa n’umunsi w’urupfu ubategereje.

3 Ibyo bigera kuri buri wese,

kuva ku wicaye ku ntebe ya cyami,

kugeza ku woroheje wicaye mu mukungugu no mu ivu,

4 kuva ku wambaye imyambaro y’umuhemba n’ikamba,

kugeza ku mukene wifubika ibishwangi.

5 Abo bose barangwa n’uburakari n’ishyari,

barangwa n’impungenge n’inkeke,

barangwa n’ubwoba bw’urupfu,

barangwa n’inzika n’intonganya,

iyo baryamye ngo baruhuke barushaho kugira inkeke.

6 Iyo aryamye ntagoheka amera nk’uri maso,

inzozi arota zimukura umutima,

amera nk’umusirikari wahunze urugamba.

7 Iyo akangutse aratangara,

atangazwa n’uko ubwoba yari afite ari ubw’ubusa.

8 Ni ko bimeze ku byaremwe byose,

bigera ku bantu no ku nyamaswa,

nyamara abanyabyaha bo byikuba karindwi.

9 Ibyo ni urupfu no kwicana,

ni amakimbirane n’intambara,

ni ibyago n’inzara,

ni ibitotezo n’ibyorezo.

10 Ibyo byose byabereyeho guhana abanyabyaha,

ni bo batumye habaho umwuzure.

11 Ikintu cyose cyavuye mu gitaka kizagisubiramo,

ibivuye mu mazi bizayasubiramo.

Iherezo ry’akarengane

12 Icyitwa ruswa cyose n’akarengane bizashira,

nyamara ubutungane buzahoraho iteka.

13 Ubukungu bw’abahendanyi bukama nk’umugezi,

buzayoyoka nk’inkuba ihinda mu gihe cy’imvura y’umugaru.

14 Umuntu ugira ubuntu arishima,

nyamara abanyabyaha bazarimbuka.

15 Abakomoka ku batubaha Imana ntibazororoka,

bazamera nk’igiti cyashoye imizi ku rutare rwanamye.

16 Urubingo rumera ku nkombe z’uruzi rurandurwa mbere y’ibindi byatsi,

17 nyamara umunyampuhwe ameze nk’ubusitani bwahawe umugisha,

imfashanyo atanga zizahoraho iteka.

Kubaha Imana ni byo bifite akamaro

18 Umuntu witunze kimwe n’umunyamwuga babaho neza,

nyamara uwavumbuye ikintu cy’agaciro aruta abo bombi.

19 Kugira abana no guhanga umujyi bitera kwamamara,

nyamara umugore witonda aruta ibyo byombi.

20 Divayi n’indirimbo binezeza umutima,

nyamara guharanira ubuhanga biruta ibyo byombi.

21 Umwirongi n’inanga biryoshya indirimbo,

nyamara ijwi ryiza riruta ibyo byombi.

22 Ikimero n’uburanga binyura amaso,

nyamara umurima urimo imyaka itoshye uruta ibyo byombi.

23 Incuti ihura n’indi mu gihe gikwiye,

nyamara ikibiruta ni uguhura k’umugore n’umugabo.

24 Abavandimwe n’abagiraneza bakenerwa mu gihe cy’amakuba,

nyamara ikiruta ibyo ni ugufasha abakene.

25 Izahabu n’ifeza bituma umuntu agendana ishema,

nyamara inama nziza ibiruta byose.

26 Ubukungu n’imbaraga bituma umuntu agubwa neza,

nyamara ikibiruta n’ukubaha Uhoraho.

Uwubaha Uhoraho nta cyo abura,

umwubaha nta yindi nkunga aba akeneye.

27 Umuntu wubaha Uhoraho ameze nk’ubusitani bwahawe umugisha,

kumwubaha birinda umuntu kurusha ikuzo iryo ari ryo ryose.

Kwirinda gusabiriza

28 Mwana wanjye, mu buzima bwawe ujye wirinda gusabiriza,

ni byiza gupfa ukavaho aho gusabiriza.

29 Umuntu urarikira ibiri ku meza y’abandi,

bene uwo nta mibereho aba afite,

yiyandurisha ibyokurya ataruhiye,

nyamara ushyira mu gaciro kandi warezwe neza arabyirinda.

30 Umuntu utagira isoni abangukirwa no gusabiriza,

nyamara amaherezo bizamugaruka.

Categories
Mwene Siraki

Mwene Siraki 41

Ibyerekeye urupfu

1 Wa rupfu we, kugutekereza bitera inkeke,

bihangayikisha umuntu utunze ibye mu mahoro,

bihangayikisha umuntu utagira icyo yikanga kandi agahirwa muri byose,

bihangayikisha kandi umuntu ukibasha kwinezeza.

2 Wa rupfu we, iteka uciye ribereye umuntu w’umutindi utagira imbaraga,

ribereye umusaza washegeshwe no guhangayika,

ribereye umuntu wivumbagatanya utakibasha kwihangana.

3 Ntugatinye iteka urupfu ruzagucira,

ujye wibuka abakubanjirije n’abazagukurikira.

4 Iryo ni itegeko ry’Uhoraho ku binyamubiri byose.

Kuki wakwanga icyemezo Usumbabyose yafatiye abantu bose?

Wabaho imyaka icumi, ijana cyangwa igihumbi,

ikuzimu ntawe uzita ku myaka wamaze.

Igihano cy’abatubaha Imana

5 Abana b’abanyabyaha bateye ishozi,

abo ni bo babana n’abatubaha Imana.

6 Umurage w’abana b’abanyabyaha uzayoyoka,

ababakomokaho bazahorana ikimwaro.

7 Umubyeyi utubaha Imana azavumwa n’abana be,

bazamuvuma kuko ari we wabakururiye ikimwaro.

8 Bazabona ishyano abatubaha Imana,

bazabona ishyano abanze gukurikiza Amategeko y’Usumbabyose.

9 Nimuvuka muzaba muvukiye umuvumo,

nimupfa muzawuhabwa ho umurage.

10 Ikintu cyose cyavuye mu gitaka kizagisubiramo,

abatubaha Imana na bo bazavumwa kandi barimbuke.

Kuvugwa neza

11 Umubiri w’umuntu ni ubusa,

nyamara urangwa n’ubutungane ntazibagirana.

12 Ujye uharanira kuvugwa neza,

koko numara gupfa ni byo bazakwibukiraho.

13 Ubuzima bwiza bumara igihe gito,

nyamara kuvugwa neza byo bihoraho.

Ibikwiye gutera isoni

14 Bana banjye, mujye mwita ku nyigisho zanjye muzagira amahoro,

ubuhanga buhishe n’umutungo utagaragara,

ibyo byombi bimaze iki?

15 Ni byiza ko umuntu ahisha ubupfapfa bwe,

bene uwo aruta uhisha ubuhanga bwe.

16 Ngiye kubabwira icyo ntekereza ku bintu bikwiye gutera isoni,

si byiza guterwa isoni na buri kintu cyose,

abantu bose ntibabona ibintu kimwe.

17 Dore ibikwiye kubatera isoni:

kwigira ibyomanzi imbere y’ababyeyi,

kuvuga ibinyoma imbere y’abategetsi.

18 Gukora ikosa imbere y’abacamanza,

guca ku Mategeko y’Imana imbere y’ikoraniro.

19 Guhemuka imbere ya mugenzi wawe cyangwa incuti,

kwiba mu maso y’abaturanyi.

20 Kutavuga ukuri kw’Imana no kwica isezerano,

kubura ikinyabupfura ku meza.

21 Kutita ku muntu ugusabye,

kutikiriza ugushuhuje.

22 Kurangamira umugore w’indaya,

kwirengagiza mwene wanyu.

23 Kwiba umutungo wa mugenzi wawe,

kurarikira umugore wa mugenzi wawe.

24 Kugirana imishyikirano n’umuja wawe,

kwegera uburiri bwe.

25 Kubwira nabi incuti yawe,

kubwira nabi umuntu uhaye,

26 gusubiramo ibyo wumvise no kumena ibanga.

27 Ibyo bintu bijye bigutera isoni,

bityo abantu bazabikubahira.

Categories
Mwene Siraki

Mwene Siraki 42

Ibidakwiye gutera isoni

1 Ibi bikurikira ni byo bidakwiye kugutera isoni,

nyamara ntibizakubere impamvu yo gucumura.

2 Gukurikiza Amategeko y’Usumbabyose n’Isezerano rye,

kurenganura umuntu n’iyo yaba atubaha Imana,

3 gufatanya na bagenzi bawe kwishyura ibyo mwakoresheje ku rugendo,

kugabana n’abandi umurage wawe,

4 gukoresha umunzani n’ibipimo bikwiye,

kunguka bike cyangwa byinshi,

5 kunguka mu bucuruzi,

gucyaha abana bawe wihanukiriye,

guhana umugaragu mubi wihanukiriye.

6 Umugore gito ashoborwa n’ingufuri,

ahari abantu benshi ujye ufungirana ibintu by’agaciro.

7 Ujye ubara kandi upime ibyawe byose,

ujye wandika ibyo utanze n’ibyo wakiriye.

8 Ntugatinye guhana umupfayongo n’umupfapfa,

ntugatinye gucyaha umusaza ushinjwa ubusambanyi.

Ibyo bizagaragaza ko warezwe neza,

bityo abantu bazabigushimira.

Impungenge umwari atera se

9 Umwari atuma se atagoheka nubwo nta cyo avuga,

impungenge amutera zimubuza ibitotsi.

Iyo akiri inkumi ashobora kugumirwa,

iyo yarongowe ashobora gusendwa.

10 Iyo akiri isugi ashobora kwangirika,

ashobora gutwara inda akiri kwa se.

Iyo yarongowe ashobora guhemukira umugabo we,

ashobora kandi kuba ingumba.

11 Umwari ushamadutse ujye umugenzura ukomeje,

bitagenze bityo azagusekesha mu banzi,

uzaba iciro ry’imigani mu mujyi kandi uhuririrwe n’abantu,

azagukoza isoni mu ikoraniro.

Kwitondera abagore

12 Ntukarangazwe n’uburanga bw’umuntu uwo ari we wese,

ntukagirane agakungu n’abagore.

13 Uko inda ziva mu myambaro,

ni na ko ubugome buturuka mu bagore.

14 Ubugome bw’umugabo buruta ineza y’umugore,

koko umugore akoza isoni kandi agateza ikimwaro.

Ubuhangange bw’Imana mu biremwa byayo

15 Reka mbibutse ibikorwa by’Uhoraho,

ngiye kubatekerereza ibyo nabonye.

Ijambo ry’Uhoraho ni ryo ibyaremwe byose bikesha kubaho.

16 Izuba rimurikira ibintu byose,

ibikorwa by’Uhoraho bigaragaza ikuzo rye.

17 Abamarayika b’Uhoraho ntibashobora kwamamaza ibitangaza bye byose,

ibyo Uhoraho Ushoborabyose yashyizeho,

ibyo yashyizeho kugira ngo isi n’ijuru bikomere mu ikuzo rye.

18 Uhoraho areba mu nyanja no mu mitima y’abantu,

amenya amabanga yabyo,

koko Usumbabyose afite ubumenyi bwose,

amenya ibimenyetso bigenga ibihe.

19 Ni we utangaza ibyahise n’ibizaza,

ni we uhishura ibihishwe byose.

20 Nta gitekerezo cy’umuntu kimucaho,

nta n’ijambo na rimwe rimwihisha.

21 Ibiriho byose yabiremanye ubuhanga butangaje,

koko yahozeho kandi azahoraho iteka ryose,

ibyo yaremye nta wagira icyo yongeraho cyangwa agabanyaho,

nta mujyanama yigeze akenera.

22 Mbega ukuntu ibikorwa bye byose biteye ubwuzu!

Biteye ubwuzu kuva ku gito muri byo umuntu abasha kubona.

23 Ibyo byose biriho kandi bizahoraho iteka ryose,

byagenewe kumvira Uwabiremye.

24 Ibintu byose bigenda ari bibiri bibiri,

buri kintu kijyana n’ikindi,

nta cyo yaremye kituzuye,

25 kimwe cyunganira ikindi.

None se ni nde warambirwa kureba ikuzo rye?