Categories
Mwene Siraki

Mwene Siraki 23

1 Uhoraho, mubyeyi kandi mugenga w’ubuzima bwanjye,

ntuntererane ngo ntwarwe n’ibyo mvuga,

ntiwemere ko amagambo yanjye antera kuyoba.

2 Ujye ugorora ibitekerezo byanjye,

ujye utoza umutima wanjye ubuhanga.

Ujye uwutoza ubuhanga kugira ngo ndatsimbarara ku makosa,

ndatsimbarara ku byaha nkabihanirwa.

3 Sinzakomeza gucumura ngo nkomeze kugwiza ibyaha,

bityo nzashobora guhangana n’abanzi banjye,

sinzatuma abanzi banjye bampa urw’amenyo.

4 Uhoraho, mubyeyi kandi mugenga w’ubuzima bwanjye,

ndagusaba ngo undinde kuba umwirasi,

5 ndagusaba ngo undinde irari ribi.

6 Undinde ingeso mbi y’ubusambanyi n’ubusambo,

undinde gutwarwa n’ibyifuzo byanjye bibi.

Kwitondera indahiro

7 Bana banjye, nimwumve inyigisho yerekeye imvugo ikwiye,

uzayikurikiza ntazakorwa n’ikimwaro.

8 Umunyabyaha afatwa n’amagambo ye,

usebanya n’umwirasi na bo bagarukwa n’imvugo yabo.

9 Ntukimenyereze kurahira,

ntugahoze mu kanwa izina ry’Imana nziranenge.

10 Koko rero umugaragu uhora agenzurwa ntazabura icyo akemangwaho,

udahwema kurahira avuga izina ry’Imana ntazabura gukora icyaha.

11 Umuntu ukunda kurahira aba yuzuye ubugome,

icyorezo gihora cyugarije inzu ye.

Iyo atubahirije indahiro aba akoze icyaha,

iyo asuzuguye indahiro ye aba acumuye kabiri.

Niba indahiro ye ari ibinyoma ntazababarirwa,

koko rero inzu ye izahora yuzuyemo amakuba.

Kwirinda amagambo adakwiye

12 Hari imvugo yagereranywa n’urupfu,

iyo ntizigere ibaho mu bakomoka kuri Yakobo.

Abubaha Imana bagomba kuyirinda ntibivurugute mu byaha.

13 Ntukimenyereze imvugo idakwiye,

nuyimenyereza izakugusha mu cyaha.

14 Niwicara mu nteko y’abakuru ujye wibuka so na nyoko,

ujye ubibuka hato utazateshuka imbere y’abakuru,

ibyo byatuma uboneka nk’umupfapfa.

Icyo gihe uzifuza kuba utaravutse,

bityo uzavuma umunsi wavutseho.

15 Umuntu wamenyereye imvugo mbi,

ntazigera abireka mu buzima bwe bwose.

Umugabo w’umusambanyi

16 Hari amoko abiri y’abantu bungikanya ibyaha,

nyamara ubwa gatatu butera umujinya.

17 Irari rikabije rigurumana nk’umuriro,

iryo rari ntiricogora ritaragera ku cyo riharanira.

Umuntu utegeza umubiri we ubusambanyi,

uwo muntu ntazabireka kugeza ubwo azakongorwa n’umuriro.

Umugabo w’umusambanyi urarikira umugore abonye wese,

uwo ntazigera abireka kugeza igihe azapfira.

18 Umugabo uhemukira umugore we aribwira ati:

“Ni nde undeba?

Umwijima urantwikiriye n’inkuta zirankingirije,

natinya iki ko nta muntu undeba?

Ninkora nabi Usumbabyose ntazita ku byaha byanjye.”

19 Uwo mugabo atinya ko abandi bamubona,

nyamara ntazi ko amaso y’Uhoraho amurika incuro igihumbi kurusha izuba,

ntazi ko Uhoraho abona imigenzereze yose y’abantu,

ntazi ko amenya amabanga yabo.

20 Mbere y’uko arema ibintu byose yari abizi,

yakomeje kubimenya amaze no kubirema.

21 Uwo mugabo azafatwa igihe atari abyiteze,

azahanirwa mu mujyi abantu bose babireba.

Umugore w’umusambanyi

22 Uko ni ko bizagenda ku mugore uhemukira umugabo we,

bizagendekera bityo umugore uzanira umugabo we umwana yabyaranye n’undi.

23 Mbere ya byose aba yishe itegeko ry’Usumbabyose,

ubundi aba acumuye ku mugabo we,

aba kandi yiyandavurije mu busambanyi,

koko abyarana abana n’undi mugabo.

24 Uwo mugore azacirwa urubanza mu ruhame,

azahanwa kubera abo bana.

25 Abo bana bazaba ibicibwa mu muryango,

abazabakomokaho na bo ntibazawugiramo uruhare.

26 Ikinegu cye ntikizasibangana,

azahora avumwa na nyuma y’urupfu rwe.

27 Abazabaho nyuma ye bazamenya ko nta kiruta kubaha Uhoraho,

bazamenya kandi ko nta kiruta gukurikiza Amategeko ye.

Categories
Mwene Siraki

Mwene Siraki 24

Igisingizo cy’Ubuhanga

1 Ubuhanga buvuga igisingizo cyabwo,

bwihesha ikuzo mu bantu babwo.

2 Ubuhanga bufata ijambo mu ikoraniro ry’Usumbabyose,

bugaragaza ikuzo ryabwo imbere y’ingabo zayo.

3 Buravuga buti: “Nakomotse ku Usumbabyose,

nakwiriye ku isi nk’umwuka.

4 Natuye hejuru mu kirere,

intebe yanjye ya cyami yari inkingi y’igicu.

5 Jyewe ubwanjye nazengurutse ikirere,

nageze no mu nyenga y’ikuzimu.

6 Nategetse isi yose n’imivumba yo mu nyanja,

nategetse abantu bose n’ibihugu byose.

7 Nashakashatse mu bihugu byose aho nduhukira,

nashakashatse aho natura.

8 Umuremyi wa byose yarantegetse,

Uwandemye yanyeretse aho ntura.

Yarambwiye ati: ‘Tura mu bakomoka kuri Yakobo,

umugabane wawe uzabe muri Isiraheli.’

9 Yandemye kuva kera kose mbere y’uko isi ibaho,

nzabaho ubuziraherezo.

10 Nakoreraga Usumbabyose mu Ihema riziranenge,

uko ni ko natuye muri Siyoni.

11 Uhoraho yantuje muri Yeruzalemu umujyi ukunzwe,

yampaye kuhategeka.

12 Nashinze imizi mu bantu b’ibirangirire,

nashinze imizi mu bo Uhoraho yitoranyirije.

13 Narakuze mba nk’isederi yo muri Libani,

nabaye nk’umuzonibari wo ku musozi wa Herimoni.

14 Nakuze nk’umukindo wo muri Enigedi,

nakuze nk’indabyo z’i Yeriko,

nakuze nk’umunzenze mwiza wo mu kibaya,

narakuze mba nk’igiti kirekire.

15 Umubavu wanjye umeze nk’uwa kaneli ihumura neza,

nsakaza impumuro nziza nk’iy’umubavu watoranyijwe,

ndusha impumuro galubanumu, onika na sitoragisi,

ndusha impumuro imibavu yo mu Ihema riziranenge.

16 Nagabye amashami nk’igiti kinini,

nagabye amashami meza y’igikundiro.

17 Ndi nk’umuzabibu ufite imbuto nziza,

indabyo zanjye zera imbuto nziza kandi nyinshi.

19 Nimunsange mwebwe abanyifuza,

muzahazwa n’ibyiza byanjye.

20 Kunyibuka biryohera kurusha ubuki,

kumbona biryoha kurusha umushongi w’ubuki.

21 Abandiyeho bakomeza kunsonzera,

abanyoyeho bakomeza kungirira inyota.

22 Unyumvira ntazagira ikimwaro,

abankurikiza ntibazacumura.”

Ubuhanga n’Amategeko

23 Ibyo byose biri mu gitabo cy’Isezerano ry’Imana isumbabyose,

ni ryo Tegeko Musa yadusigiye,

ni umurage w’abakomoka kuri Yakobo.

25 Ni itegeko risendereza ubuhanga nk’uruzi rwa Fisoni,

ni nk’uruzi rwa Tigiri ku mwero w’imbuto.

26 Risendereza ubwenge nk’uruzi rwa Efurati,

ni nk’uruzi rwa Yorodani mu gihe cy’isarura.

27 Rikwirakwiza inyigisho nk’uruzi rwa Nili rusendereye,

ni nk’uruzi rwa Gihoni mu gihe cy’isarura ry’imizabibu.

28 Umuntu wa mbere ntiyashoboye kurimenya neza,

uwanyuma na we ntiyashoboye kurisobanukirwa.

29 Koko ibitekerezo byaryo ni byinshi kurusha amazi yo mu nyanja,

inama zaryo zigera kure kuruta ikuzimu.

30 Ndi nk’umuyoboro uturuka mu ruzi,

ndi nk’umugezi utemba ugana mu busitani.

31 Naravuze nti: “Nzavomerera ubusitani bwanjye,

nzanetesha umurima wanjye.”

Umuyoboro wanjye wahindutse uruzi,

uruzi na rwo rwahindutse inyanja!

32 Nzatuma inyigisho zanjye zirabagirana nk’umuseke ukebye,

nzatuma umucyo wazo ugera kure.

33 Nzongera namamaze inyigisho zanjye nk’ubuhanuzi,

nzaziraga ab’ibihe bizaza.

34 Murabona ko atari jye ubwanjye wikoreraga,

nabikoreraga abantu bose bashaka Ubuhanga.

Categories
Mwene Siraki

Mwene Siraki 25

Ibintu biboneye n’ibigayitse

1 Hari ibintu bitatu nkunda cyane,

ibyo bintu bishimisha Imana n’abantu:

ubwumvikane mu bavandimwe,

ubucuti mu baturanyi,

umubano mwiza w’umugabo n’umugore.

2 Hari abantu b’uburyo butatu nazinutswe,

imibereho yabo irandakaza cyane:

umukene w’umwirasi,

umukire w’umubeshyi,

umusaza w’umusambanyi udashyira mu gaciro.

Akamaro k’ubusaza

3 Niba mu buto bwawe nta cyo wizigamiye,

uzatungwa n’iki numara gusaza?

4 Abasaza bizihirwa no gushyira mu gaciro,

abakuru na bo baberwa no gutanga inama.

5 Ubuhanga bwizihira abasaza,

inama z’ukuri zibera abanyacyubahiro.

6 Ikamba ry’abasaza ni ukuba inararibonye,

ikuzo ryabo ni ukubaha Uhoraho.

Ihirwe riruta ayandi

7 Hari ibintu icyenda bizana ihirwe,

nyamara ndibanda ku cya cumi:

hahirwa umuntu ushimishwa n’abana be,

hahirwa umuntu ubona abanzi be barimbuka akiriho.

8 Hahirwa umuntu ubana n’umugore ushyira mu gaciro,

hahirwa umuntu udacumura mu byo avuga,

hahirwa umuntu ufite shebuja mwiza.

9 Hahirwa umuntu waronse ubushishozi,

hahirwa ubwira abamwitayeho.

10 Uruta abo bose ni ufite ubuhanga,

nyamara ntawaruta uwubaha Uhoraho.

11 Kubaha Uhoraho biruta byose,

koko umwubaha ntagira uwo bagereranywa.

Umugore w’ingeso mbi

13 Nta kintu kibi kiruta kugira umutima mubi,

nta kintu kibi kiruta ubugome bw’umugore!

14 Nta mubabaro uruta uturutse ku mwanzi,

nta kwihōrera kurenze uguturutse ku mwanzi!

15 Nta bumara bukara kurusha ubw’inzoka,

nta n’uburakari bukara kurenza ubw’umugore!

16 Guturana n’intare cyangwa ikiyoka kinini, biruta kubana n’umugore w’ingeso mbi.

17 Ubugome bw’umugore butuma ahindura isura,

arijima agasa n’ikirura.

18 Umugabo we n’iyo ari mu bandi ntabura kuganya.

19 Nta kintu kibi cyagereranywa n’uburyarya bw’umugore,

akwiriye guhanwa nk’umunyabyaha.

20 Umugore uvuga menshi arushya umugabo utuza,

amurushya nk’uko umusozi w’urusenyi unyereza umusaza.

21 Ntugashukwe n’uburanga bw’umugore,

ujye wirinda kumurarikira.

22 Iyo umugabo ategekwa n’umugore bitera umujinya,

bitera ishozi n’ikimwaro cyinshi.

23 Umugore mubi ashavuza umugabo we,

aramubabaza akamutera gusuherwa.

Umugore udashakira umugabo we amahoro,

amubuza uburyo akamuca intege.

24 Icyaha cyatangiranye n’umugore,

twese ni we wadukururiye urupfu.

25 Uko ugomera amazi ntahite,

ujye uba ari ko ubuza umugore mubi kuvuga.

26 Natitwara uko ubishaka uzamusende mutandukane.

Categories
Mwene Siraki

Mwene Siraki 26

Amahirwe y’umugabo washatse neza

1 Hahirwa umugabo washatse neza,

iminsi yo kubaho kwe izikuba kabiri.

2 Umugore w’umunyamwete ashimisha umugabo we,

umugabo we agira amahoro mu mibereho ye yose.

3 Nta mahirwe aruta gushaka neza,

ni impano Uhoraho agabira abamwubaha.

4 Yaba akize cyangwa akennye ahora anezerewe,

igihe cyose ahora yishimye.

Kwirinda abagore b’ingeso mbi

5 Hari ibintu bitatu bintera ubwoba,

hari n’icya kane kinkura umutima:

impuha mbi zikwirakwijwe mu mujyi,

agatsiko k’inkozi z’ibibi n’ibirego by’ibinyoma.

Ibyo byose ni bibi kurusha urupfu!

6 Ariko ikibabaje kurushaho,

ni umugore ugirira ishyari mukeba we, agahora amuvuga nabi.

7 Umugore mubi asa n’umuzigo uziritse nabi ku ijosi ry’ikimasa,

kumugira inama ni nko gufata indyanishamurizo.

8 Umugore w’umusinzi atera umujinya,

ntashobora guhisha ibikorwa biteye ishozi.

9 Umugore w’indaya arangwa n’indoro ye,

mu maso he haramugaragaza.

10 Umukobwa wawe nahitamo imigenzereze mibi ujye umukurikiranira hafi,

nutabigenza utyo azagendanira ko.

11 Ujye ukurikiranira hafi indoro ye yuje ubushizi bw’isoni,

ntugatangazwe n’uko agukojeje isoni.

12 Nk’uko umugenzi ufite inyota anywa amazi abonye yose,

ni na ko uwo mukobwa yicara aho abonye hose akitegeza uhise wese.

Kurata umugore w’imico myiza

13 Umugore ugwa neza anezeza umugabo we,

ubushishozi bwe bumutera imbaraga.

14 Umugore ucisha make umuhabwa n’Uhoraho,

umugore warezwe neza nta cyo wamugereranya.

15 Umugore utiyandarika aranezeza cyane,

umugore utiyandarika nta cyo wamugereranya.

16 Nk’uko izuba rirasira ku misozi y’Uhoraho,

ni na ko uburanga bw’umugore mwiza bumurikira inzu ye iteguye neza.

17 Nk’uko itara rimurikira ku gitereko kiziranenge,

ni na ko uburanga bwe bubengerana ku mubiri we uteye neza.

18 Nk’uko inkingi z’izahabu ziteye ku mfatiro z’ifeza,

ni na ko amaguru meza ateye ku dutsinsino dukomeye.

Ibintu bitatu bishavuza

28 Hari ibintu bibiri binshavuza,

hari n’icya gatatu kintera umujinya:

umuntu wari umukire agatindahara,

abanyabwenge basuzugurwa,

umuntu wari intungane agasubira mu byaha.

Umuntu nk’uwo Uhoraho azamwicisha inkota.

Akaga k’umucuruzi

29 Umucuruzi ntajya yirinda uburiganya,

nta mucuruzi ubura amakemwa.

Categories
Mwene Siraki

Mwene Siraki 27

1 Abantu benshi bacumura kubera irari ry’inyungu,

umuntu ushaka ubukire ntagira impuhwe.

2 Nk’uko urumambo rwinjirira hagati y’aho amabuye ahurira,

ni na ko icyaha kiboneka hagati y’ugurisha n’umuguzi.

3 Niba udashishikarira kubaha Uhoraho,

inzu yawe izarimbuka bidatinze.

Umuntu amenyekanira mu mvugo ye

4 Uko imvugo y’umuntu igaragaza amakosa ye,

ni na ko akayunguruzo kayungurura kagasigaza incenga.

5 Uko icyokezo gisuzuma ibibindi by’umubumbyi,

ni na ko imvugo y’umuntu imugaragaza.

6 Uko imbuto z’igiti zigaragaza uko cyitaweho,

ni na ko imvugo y’umuntu igaragaza ibitekerezo bye.

7 Ntukarate umuntu utarumva ibitekerezo bye,

koko umuntu amenyekanira mu mvugo ye.

Akamaro k’imyifatire myiza

8 Nuharanira ubutungane uzabugeraho,

uzabwambara nk’umwambaro w’umunsi mukuru.

9 Uko inyoni z’ubwoko bumwe ziba hamwe,

ni na ko ukuri kubana n’abagukurikiza.

10 Uko intare yubikira umuhigo,

ni na ko icyaha cyubikira abakora ibibi.

11 Amagambo y’umuntu ukunda Imana ahoramo ubuhanga,

nyamara amagambo y’umupfapfa ahora ahindagurika.

12 Ntugatinde mu ikoraniro ry’abapfapfa,

ujye umarana igihe n’abanyabwenge.

13 Ibiganiro by’abapfapfa bitera umujinya,

ibitwenge byabo byuzuye uburyarya.

14 Ibiganiro by’indyarya bikura umutima,

impaka zabo ziziba umuntu amatwi.

15 Impaka z’abirasi zisozwa no kumena amaraso,

ibitutsi byabo si ibyo kumvwa.

Kugira ibanga

16 Umuntu umena ibanga yibuza icyizere,

ntazigera agira incuti y’inkoramutima.

17 Ujye ukunda incuti yawe uyibere indahemuka,

nuyimenera ibanga ntukayiyambaze.

18 Nk’uko umuntu apfusha uwo mu muryango we,

ni ko nawe uzaba ubuze ubucuti na mugenzi wawe.

19 Nk’uko umuntu areka inyoni yari afashe ikaguruka,

ni na ko waretse mugenzi wawe aragenda kandi ntuzamushyikira.

20 Ntuzirirwe umushakashaka kuko yageze kure,

yaguhunze nk’ingeragere irokotse umutego.

21 Mu by’ukuri igikomere kiromorwa,

abantu batukanye barigorora,

ariko uwamennye ibanga ntagira igaruriro.

Uburyarya

22 Umuntu wica ijisho aba agambiriye ikibi,

numumenya ujye umwirinda.

23 Iyo muri kumwe akubwiza akarimi keza,

ibyo umubwiye biramunezeza,

nyamara iyo mutandukanye ahindura imvugo,

akugirira nabi ahereye ku magambo yawe.

24 Ibyo nanga ni byinshi ariko nta cyarusha bene uwo muntu,

Uhoraho na we aramwanga.

Umuntu ahanirwa ikibi yakoze

25 Umuntu utera ibuye mu kirere rimugwa ku mutwe,

ukubita undi abigirange ubugome na we arikomeretsa.

26 Umuntu ucukurira urwobo mugenzi we ni we uzarugwamo,

naho umutega umutego ni we uzawufatirwamo.

27 Umuntu ukora ibibi bizamugaruka,

bizamugaruka atazi aho biturutse.

28 Kunnyegana no gutuka abandi bikorwa n’umwirasi,

nyamara igihano kimutegereje nk’intare itegereje umuhigo.

29 Abishimira ibyago bigwiririye abakunda Uhoraho bazagwa mu mutego,

abo bazababara bikabije mbere yo gupfa.

Kubabarira aho kugira inzika

30 Inzika n’umujinya ni ibyo kwangwa,

ibyo ni byo biranga umunyabyaha.

Categories
Mwene Siraki

Mwene Siraki 28

1 Uwihōrera azahōrwa n’Uhoraho,

nta cyaha cye na kimwe kizirengagizwa.

2 Ujye ubabarira mugenzi wawe amakosa yakugiriye,

bityo nusenga, Uhoraho azakubabarira ibyaha byawe.

3 Niba umuntu akomeza kurakarira mugenzi we,

uwo muntu ashobora ate gusaba Uhoraho imbabazi?

4 None se niba adashobora kubabarira mugenzi we,

yashobora ate gusaba Uhoraho ngo amubabarire ibyaha bye?

5 Niba uwo muntu akomeza kugira inzika,

ni nde uzamubabarira ibyaha?

6 Ujye wibuka amaherezo yawe maze ureke kwangana,

ujye uzirikana ko uzapfa kandi ukabora,

bityo wubahirize Amategeko y’Imana.

7 Ujye uyibuka ureke kugirira inzika mugenzi wawe,

ujye wibuka Isezerano ry’Usumbabyose ureke guhemuka.

Kwirinda intonganya

8 Ujye wirinda intonganya bizatuma udacumura kenshi,

umunyamujinya akurura intonganya.

9 Umunyabyaha ateza impagarara mu ncuti,

akurura amakimbirane ahari ubwumvikane.

10 Uko umuriro wongerwamo inkwi ni ko urushaho kwaka,

uko intonganya zitinda ni ko zirushaho gukara.

Uko umuntu akomeye ni ko arushaho kugira ubukana,

uko umuntu akize ni ko arushaho kugira uburakari.

11 Amakimbirane ahutiyeho ateza inkongi,

intonganya zihubukiwe zimena amaraso.

12 Iyo uhushye ku gishirira kiraka,

iyo ugiciriyeho kirazima,

ibyo bikorwa byombi bikorwa n’umunwa wawe.

Ingaruka z’imvugo iteranya

13 Havumwe umuntu uteranya abandi kandi akaryarya,

koko yatandukanyije benshi babanaga neza.

14 Imvugo iteranya yahungabanyije abantu benshi,

yatumye abantu bahunga igihugu cyabo,

yashenye imijyi ikomeye,

yarimbuye amazu y’abanyacyubahiro.

15 Imvugo iteranya yatumye abagore b’umutima basendwa,

yabavukije ibyiza baruhiye.

16 Umuntu wita kuri iyo mvugo iteranya ntagira amahoro.

17 Gukubitwa inkoni bitera igikomere,

nyamara imvugo iteranya ishenjangura amagufwa.

18 Abantu benshi bishwe n’inkota,

nyamara benshi cyane bazize imvugo iteranya.

19 Hahirwa umuntu wirinda iyo mvugo iteranya,

hahirwa umuntu itaratera inkeke.

Hahirwa umuntu iyo mvugo itarabera umuzigo,

hahirwa umuntu utaraheranwa n’ingoyi zayo.

20 Koko umuzigo wayo uremera nk’icyuma,

ingoyi zayo zikomera nk’umuringa.

21 Imvugo iteranya yica nabi,

gutwarwa na yo birutwa no kwibera ikuzimu.

22 Abakunda Uhoraho ntizabagiraho ububasha,

abo ntibazatwikwa n’ibirimi by’umuriro wayo.

23 Abimūye Uhoraho bazagwa mu nzara zayo,

umuriro wayo utazima uzabagurumanamo,

iyo mvugo iteranya izabasimbukira nk’intare,

izabashwanyaguza nk’ingwe.

24-25 Nuzengurutsa isambu yawe amahwa,

ujye ufungisha umunwa wawe ingufuri.

Uko wita ku ifeza n’izahabu byawe,

ni na ko ukwiye kwita ku magambo yawe.

26 Ujye witondera imvugo yawe itazagutera gucumura,

ujye uyitondera itazakugusha mu mutego w’abaguhigira.

Categories
Mwene Siraki

Mwene Siraki 29

Ibyerekeye inguzanyo

1 Uguriza mugenzi we aba ari umunyampuhwe,

umuteye inkunga aba akurikije amategeko.

2 Ujye uguriza mugenzi wawe igihe abikeneye,

nawe kandi niba waragurijwe ujye wishyura mu gihe gikwiye.

3 Ujye uvuga ukuri kandi wirinde uburyarya,

bityo uzabona icyo ukeneye igihe cyose.

4 Benshi bibwira ko inguzanyo ari umutungo wabo,

abo batera ingorane ababagurije.

5 Iyo utaragurizwa uhendahenda uwo waka inguzanyo,

wicisha bugufi mukavugana iby’umutungo we.

Nyamara iyo igihe cyo kwishyura kigeze ntucyubahiriza,

umuganyira uvuga ko wagize ingorane kandi ko n’igihe kidahagije.

6 Iyo uwagurijwe afite icyo yishyura uwamugurije arishima,

ashimishwa nibura no kugaruza icya kabiri cy’umwenda,

bitabaye ibyo yaba abuze ibye akanganira ubusa,

bityo aba yishyuwe imivumo n’ibitutsi,

aho kubahwa arasuzugurwa.

7 Ni yo mpamvu abantu benshi banga gutanga inguzanyo,

ntibabiterwa n’ubugome, baba batinya kwamburwa ibyabo.

Gufasha abakene

8 Ujye ugirira umukene ubuntu,

ntugatindiganye kumufasha.

9 Nufasha umukene uzaba wubahirije itegeko ry’Imana,

ntukamureke ngo agende amara masa.

10 Amafaranga yawe ujye uyafashisha umuvandimwe cyangwa incuti,

ujye uyamufashisha aho gupfira ubusa aho abitse.

11 Ujye ukoresha ibyawe ukurikije Amategeko y’Usumbabyose,

bizakuzanira inyungu iruta izahabu.

12 Ujye uzigama imfashanyo z’abakene,

ujye uzizigama bizakurinda ibyago byose.

13 Bizakurinda umwanzi,

bizakurinda kurusha ingabo nini cyangwa icumu riremereye.

Kwishingira abandi

14 Umugiraneza yishingira mugenzi we,

ariko umuntu udashyira mu gaciro aramutererana.

15 Umuntu nakwishingira ntukibagirwe ineza yakugiriye,

koko aba yarakwitangiye.

16 Umunyabyaha asesagura ibyo akesha uwamwishingiye,

umuntu w’indashima yirengagiza uwamugobotse.

17 Kwishingira abandi byahombeje abakire benshi,

byarabahungabanyije nk’umuhengeri wo mu nyanja.

18 Byatumye abantu bakomeye bahunga,

byatumye bajya kubuyera mu bindi bihugu.

19 Umunyabyaha wishingira abandi agamije inyungu,

uwo azacirwa urubanza yikururiye.

20 Ujye ufasha mugenzi wawe uko ushoboye,

nyamara wirinde kwishyira mu kaga.

Ba iwawe aho gusembera

21 Ibintu by’ingenzi mu buzima ni ibi:

amazi n’ibyokurya,

imyambaro n’inzu yo kubamo.

22 Ni byiza kubaho gikene mu nzu yawe bwite,

ibyo biruta kudamarara uri mu nzu y’abandi.

23 Ujye wishimira ibyo utunze byaba bike cyangwa byinshi,

bityo nta wuzagusuzugurira ko ubeshejweho n’abandi.

24 Kuva mu nzu ujya mu yindi bitera agahinda,

koko uhora asembera ntagira ijambo.

25 Ucumbikira abantu ukabaha ibyokurya no kunywa ntihagire ubigushima,

ahubwo baragusuzugura bavuga bati:

26 “Wa mucumbitsi we, ngwino utegure ameza,

zana ibyokurya ufite nirire!

27 Wa mucumbitsi we, genda ubise umushyitsi ukomeye,

umuvandimwe wanjye yaje kunsura nkeneye iyi nzu.”

28 Kwangirwa icumbi no guterwa inkeke n’ukwishyuza,

ibyo ni ibintu bibabaza, umuntu utekereza neza atakwihanganira.

Categories
Mwene Siraki

Mwene Siraki 30

Uburere bw’abana

1 Umubyeyi ukunda umwana we aramucyaha,

aramucyaha kugira ngo mu gihe kizaza azamwishimire.

2 Urera umwana we neza bimutera umunezero,

bizamutera ishema muri bagenzi be.

3 Urera umwana we neza atera abanzi be ishyari,

iyo ari kumwe n’incuti ze aranezerwa.

4 Nubwo uwo mubyeyi yapfa azamera nk’aho atapfuye,

koko aba asize umwana bahwanye.

5 Iyo akiriho ashimishwa no kubona uwo mwana we,

iyo apfuye ntajyana agahinda.

6 Koko aba asize uzahōra abanzi be,

aba asize kandi uzitura incuti ze ineza.

7 Umuntu utetesha umwana we azaruha amukosora,

igihe cyose uwo mwana agize ikimubaho, umubyeyi we azahagarika umutima.

8 Ifarasi itaratojwe neza irarushya,

umwana utarezwe neza na we ntashoboka.

9 Nutetesha umwana wawe azagukoza isoni,

numurera bajeyi azakubabaza.

10 Ntukamuteteshe hato bitazabagaruka mwembi,

ntukamuteteshe bitakuviramo guhekenya amenyo.

11 Ntukamureke ngo yigenge akiri muto,

12 uzamugorore akiri muto,

nutabigenza utyo azaba umunyagasuzuguro kandi ntazubaha.

13 Ujye urera umwana wawe neza kandi umuhane,

nutabigenza utyo azagusuzugura.

Ubuzima buzira umuze

14 Ni byiza kuba umukene ufite ubuzima buzira umuze,

uwo aruta umukire washegeshwe n’indwara.

15 Ubuzima buzira umuze buruta izahabu y’isi yose,

umubiri ufite imbaraga uruta umutungo mwinshi.

16 Nta bukire bwagereranywa n’umubiri uzira umuze,

nta n’ibyishimo byagereranywa n’umutima unezerewe.

17 Ni byiza gupfa aho kuba umutindi,

ni byiza gupfa aho kurwara indwara idakira.

18 Umuntu ugaburira umurwayi udashaka kurya,

uwo ameze nk’ugaburira ikigirwamana.

19 Koko guha ikigirwamana ibyokurya nta cyo bimaze,

ikigirwamana ntikirya kandi ntigihumurirwa.

Uko ni ko umuntu utotezwa n’Uhoraho ameze.

20 Areba ibyokurya bamuhaye agasuhuza umutima,

ni nk’umuntu w’inkone upfumbase inkumi.

Ibyishimo by’umutima

21 Ntukemere kuganzwa n’agahinda,

ntukibabarize umutima.

22 Ibyishimo by’umutima ni bwo buzima bw’umuntu,

umunezero utuma umuntu arama.

23 Ujye unezerwa kandi ugire ituze,

ujye wirinda guhagarika umutima.

Koko guhagarika umutima byagiriye nabi abantu benshi,

guhagarika umutima nta cyo bimaze.

24 Ishyari n’uburakari bitera gukenyuka,

guhagarika umutima bituma umuntu asaza imburagihe.

25 Umunezero utuma umuntu ashaka kurya,

ibyo ariye byose bimugwa neza.

Categories
Mwene Siraki

Mwene Siraki 31

Ingaruka mbi z’ubukire

1 Guhangayikishwa n’ubukungu bituma umuntu azongwa,

guhagarika umutima bibuza umuntu ibitotsi.

2 Inkeke yo gushaka imibereho ibuza kugoheka,

ni nk’indwara y’igikatu ibuza gusinzira.

3 Umukire aharanira kugwiza umutungo,

iyo aruhutse arinezeza.

4 Umukene akora cyane ntagire icyo yunguka,

iyo aruhutse akomeza kuba umukene.

5 Ukunda izahabu ntazitwa intungane,

ukurikirana inyungu izamuyobya.

6 Abantu benshi bayobejwe no gukunda izahabu,

bityo bikururira akaga.

7 Koko rero izahabu ni umutego ku bayikunda,

abapfapfa na bo bawugwamo.

8 Hahirwa umukire w’indakemwa,

hahirwa ukungahara atirutse inyuma y’izahabu.

9 Uwo muntu ni nde ngo tumushime?

Koko yakoze ibitangaza muri bene wabo.

10 Ni nde wahuye n’icyo kigeragezo akagitsinda?

Uwo muntu akwiye kubyishimira.

Ni nde washoboraga gucumura ariko akabyirinda?

Ni nde washoboraga gukora ikibi ariko ntagikore?

11 Umuntu nk’uwo azagira ishya n’ihirwe,

ikoraniro ryose rizarata ibyiza yakoze.

Kwifata uko bikwiye ku meza

12 Igihe uri ku meza y’umunyacyubahiro, ntuzabure ubupfura ngo uvuge uti:

“Mbega ibyokurya byiza!”

13 Ujye wibuka ko kurebana irari ari bibi,

mu byaremwe nta kirusha ijisho ububi,

ni yo mpamvu rikunda kurizwa n’ubusa.

14 Ntugatanguranwe icyo mugenzi wawe ashaka gufata,

uzirinde kugonganira na we ku isahani.

15 Ujye ugenzereza mugenzi wawe uko nawe wabyifuza,

bityo umwiteho mu byo ukora byose.

16 Ujye urya gipfura ibyo baguhaye,

ujye wirinda gucuranwa bitagutera icyangiro.

17 Ujye urangwa n’ikinyabupfura urangize kurya mbere y’abandi,

ntukabe umunyandanini kugira ngo utabera abandi imbogamizi.

18 Niba uri ku meza hamwe n’abandi,

ujye wirinda kubatanga kwigaburira.

19 Umuntu warezwe neza ntagomba ibyokurya byinshi,

iyo aryamye ntarara abuya.

20 Umuntu urya mu rugero asinzira neza,

abyuka kare kandi akumva afite imbaraga.

Nyamara uwaguye ivutu abura ibitotsi,

agira iseseme kandi akaribwa mu nda.

Izo ni zo ngaruka z’umunyandanini.

21 Niba wariye byinshi ukagwa ivutu,

ujye ujya hanze uruke uzagubwa neza.

22 Mwanya wanye, umva ibyo nkubwira,

ujye ubyitaho mu gihe kizaza uzabinshimira.

Ujye ugira umwete mu byo ukora byose,

bityo nta ndwara izaguhangara.

23 Umuntu ukunda kugaburira abandi ashimwa na bose,

ni koko akwiriye gushimwa.

24 Nyamara iyo umuntu ari umunyabugugu umujyi wose uramwinubira,

ni koko akwiriye kugawa.

Ibyerekeye divayi

25 Ntukibwire ko divayi ntacyo yagutwara,

koko rero divayi yishe benshi.

26 Uko umuriro ucogoza icyuma,

ni na ko divayi igaragaza ingeso z’umwirasi wasinze.

27 Divayi ni ubuzima ku bantu,

ni ubuzima iyo bayinyoye mu rugero.

Wamererwa ute utanyoye divayi?

Koko rero yaremewe kunezeza abantu.

28 Kunywa divayi ku rugero mu gihe gikwiye,

ibyo bitera umunezero n’ibyishimo mu mutima.

29 Kunywa divayi irenze urugero bitera kumererwa nabi,

ihindura ibitekerezo umuntu akadandabirana.

30 Ubusinzi bwongera uburakari bw’umupfapfa,

burabwongera agakora ishyano,

butuma agira intege nke, bukamukururira inguma.

31 Niba mu birori mwanyoye cyane,

ujye wirinda gutonganya mugenzi wawe.

Ntukamusuzugure igihe ari mu munezero,

ntukamubwire amagambo amubabaza,

ujye wirinda kandi kumwishyuza.

Categories
Mwene Siraki

Mwene Siraki 32

Kumenya uko wifata mu birori

1 Niba ari wowe ushinzwe kuyobora ibirori ntukikuze,

ujye uba umutumirwa nk’abandi,

ujye ubakira ahasigaye wicare.

2 Nurangiza umurimo washinzwe uzicare,

uzicare wishime hamwe na bo,

bityo ushimirwe umurimo washoje neza.

3 Niba usheshe akanguhe wemerewe gufata ijambo,

nyamara ujye uvuga ibyo uzi,

ntukarogoye ibirori.

4 Niba hari ijambo rivugwa ntukarirogoye,

ntukivuge ibigwi mu gihe kitari cyo.

5 Igitaramo mu birori banywamo divayi,

ni nk’ibuye ry’agaciro riri ku mutako w’izahabu.

6 Indirimbo inyuze amatwi iherekejwe na divayi,

ni nk’ibuye ry’agaciro ritatse ku mpeta y’izahabu.

7 Niba uri umusore ujye ufata ijambo igihe ari ngombwa,

ntukarenze incuro ebyiri keretse ubisabwe.

8 Igihe uvuga ujye uhina amagambo,

ujye ugaragaza ko uzi ibyo uvuga ukamenya no guceceka.

9 Igihe uri kumwe n’abanyacyubahiro ntukireshyeshye na bo,

igihe uri kumwe n’abasheshe akanguhe ujye uvugana ubushishozi.

10 Uko umurabyo ubanziriza inkuba,

ni na ko umuntu wiyoroshya ashimwa ataragira icyo avuga.

11 Igihe cyo gutaha nikigera ujye uhaguruka bwangu,

ujye wihutira gutaha ureke gutinda mu mayira.

12 Nugera iwawe ujye wishimisha uko ushaka,

ariko ujye wirinda gucumura uvugana ubwirasi.

13 Muri ibyo byose ujye ushimira Umuremyi,

ni we wakugwijeho ibyiza bye.

Kubaha Uhoraho

14 Uwubaha Uhoraho yemera inyigisho ze,

aha umugisha ababyuka bamushakashaka.

15 Ushaka kumenya Amategeko arayasobanukirwa,

nyamara abera umutego umuntu uriganya.

16 Abubaha Uhoraho bazamenya icyo Imana ishaka,

ibikorwa byabo byiza bizarabagirana nk’urumuri.

17 Umunyabyaha ntiyemera guhanwa,

Amategeko ayasobanura akurikije ibyifuzo bye.

18 Umunyabwenge abanza gushishoza,

nyamara umugome cyangwa umwirasi bo nta cyo batinya.

19 Ntukagire icyo ukora utabanje gushishoza,

bityo ntuzicuza ibyo wakoze.

20 Ntugakurikire inzira irimo inzitizi,

bityo ntuzasitara ku mabuye.

21 Ntukiringire inzira utazi neza,

22 ujye uzirikana ibizakugwirira.

23 Ujye witondera ibyo ugiye gukora byose,

ni ko kubahiriza Amategeko y’Imana.

24 Umuntu uyakurikiza yita ku mabwiriza yayo,

uwiringira Uhoraho nta kibi kizamubaho.