Categories
Mwene Siraki

Mwene Siraki 3

Abana bagomba kubaha ababyeyi

1 Bana banjye, ndi so nimwumve inama mbagira,

nimuzikurikize zizabahesha agakiza.

2 Koko Uhoraho yahaye se w’abana kubategeka,

yahaye kandi nyina w’abana ubutegetsi ku bahungu.

3 Uwubashye se aba ahongereye ibyaha bye,

4 uwubashye nyina aba ameze nk’uwihunikiye byinshi.

5 Uwubaha se azaronkera ibyishimo mu bana be,

isengesho rye rizakirwa.

6 Uwubaha se azarama,

uwumvira Uhoraho azahumuriza nyina,

7 azakorera ababyeyi be nk’aho ari ba shebuja.

8 Ujye wubaha so mu mvugo no mu bikorwa,

bityo azaguha umugisha.

9 Koko umugisha w’ababyeyi ukomeza amazu y’abana babo,

nyamara umuvumo w’ababyeyi urimbura imfatiro zayo.

10 Ntukishimire ko so asuzuguritse,

koko ikimwaro cye nticyaguhesha ishema.

11 Ikuzo ry’umuntu rituruka ku cyubahiro cya se,

iyo nyina w’abana asuzuguwe bakorwa n’isoni.

12 Mwana wanjye, jya wita kuri so ageze mu zabukuru,

ntuzamutere agahinda mu buzima bwe.

13 Ujye umugirira impuhwe igihe ubwenge bwe bukendereye,

ntuzamusuzugure ngo ni uko ugifite imbaraga.

14 Koko rero Imana ntizibagirwa ineza ugirira so,

ahubwo iyo neza izakubera impongano y’ibyaha.

15 Nugera mu makuba Uhoraho azakwibuka,

ibyaha byawe bizashonga nk’amahindu yikanze izuba.

16 Utererana se aba atutse Imana,

ushavuza nyina azavumwa n’Uhoraho.

Akamaro ko kwicisha bugufi

17 Mwana wanjye, ujye wicisha bugufi mu byo ukora,

bityo uzakundwa kurusha abagira ubuntu.

18 Uko ugenda ukomera ujye urushaho kwicisha bugufi,

bityo uzagire ubutoni ku Uhoraho.

20 Koko rero Uhoraho ni we nyir’ububasha,

abicisha bugufi ni bo bamuhesha ikuzo.

21 Ntukararikire ibigukomereye cyane,

ntugahihibikanywe n’ibirenze ubushobozi bwawe.

22 Ujye uzirikana ibyo wategetswe gukora,

ntugahihibikanywe n’ibintu bidasobanutse.

23 Ntukirushye mu birenze ubushobozi bwawe,

ibyo weretswe ubwabyo birenze kure ubwenge bw’umuntu.

24 Abantu benshi barindagijwe n’ibitekerezo bidasobanutse,

imitekerereze yabo mibi yarabayobeje.

26 Umuntu winangiye azabona amakuba,

uteza ibyago azabigwamo.

27 Umuntu winangiye yikururira akaga,

umunyabyaha agwiza ibicumuro.

28 Ibyago by’umwirasi ntibigira umuti,

koko ubugome bwamwaritsemo.

29 Umunyabwenge yigira mu mugani,

atega amatwi kuko ashaka kumenya.

Gufasha abakene

30 Amazi azimya umuriro ukaze,

gufasha abakene bituma ibyaha bibabarirwa.

31 Ugira neza aba yitega iminsi,

iyo asumbirijwe agira kiramira.

Categories
Mwene Siraki

Mwene Siraki 4

1 Mwana wanjye, ntukime umukene icyamutunga,

umuntu utishoboye ntukamurangarane.

2 Ntukababaze umushonji,

ntukarakaze umutindi.

3 Ntugahuhure umuntu uhangayitse,

ntukarangarane umukene.

4 Ntukirengagize ugusabye,

ntukamuhunze amaso.

5 Ntugahunze umukene amaso,

ntukamuhe urwaho rwo kukuvuma.

6 Umukene nababara azakuvuma,

Imana yamuremye izumva isengesho rye.

7 Ujye ugirana ubucuti n’abantu bose,

ujye wubaha abategetsi.

8 Ujye utega amatwi umukene,

ujye ubasubizanya ubwitonzi.

9 Ujye urengera ukandamizwa,

ujye uca urubanza mu kuri.

10 Impfubyi ujye uzibera umubyeyi,

ujye ufasha abapfakazi mu mwanya w’abagabo babo,

bityo uzaba nk’umwana w’Usumbabyose,

azagukunda kurusha nyoko wakubyaye.

Ubuhanga burigisha

11 Ubuhanga buhesha ikuzo ubufite,

burinda ubushakashaka.

12 Ubukunda aba akunda ubuzima,

uzinduka abushakashaka azanezerwa.

13 Ubufite azahabwa ikuzo ho umurage,

aho agiye hose Uhoraho amuha umugisha.

14 Abayoboke babwo basingiza Nyirubutungane,

ababukunda Uhoraho arabakunda.

15 Ubwemera azacira amahanga imanza,

ubwitaho azabaho mu mutekano.

16 Ubwizera azabuhabwa ho umurage,

azaburaga abazamukomokaho.

17 Ubwizera bubanza kumunyuza mu mayira aziguye,

bumutera ubwoba agahinda umushyitsi,

bumuha inyigisho ziruhanyije kugeza ko bumwizera,

bumugerageresha amategeko yabwo.

18 Hanyuma buramugarukira bukamunezeza,

bumuhishurira amabanga yabwo.

19 Iyo ayobye buramutererana,

buramutererana agakurizaho kurimbuka.

Ubwitonzi n’ubutabera

20 Ujye utegereza umwanya uboneye,

ujye wirinda icyaha kandi ntukigaye.

21 Habaho isoni zigutera gucumura,

habaho n’isoni ziguhesha ikuzo n’ubutoni.

22 Ntugakabye mu kwibabaza,

ntukagire isoni bituma ucika intege.

23 Ntuzareke kuvuga igihe bikwiye,

ntugahishe ubuhanga bwawe.

24 Koko imvugo ni yo igaragaza ubuhanga,

amagambo agaragaza ubumenyi.

25 Ntugahinyure ukuri,

ujye uterwa isoni n’ubujiji bwawe.

26 Ntukagire isoni zo kwicuza ibyaha byawe,

ntukabuze uruzi gutemba.

27 Ntukemere gutegekwa n’umupfapfa,

ntukihambire ku munyabubasha.

28 Ujye uharanira ukuri kugeza gupfa,

Uhoraho Imana azakurwanirira.

29 Ntugahubuke mu byo uvuga,

ntukabe umunebwe n’indangare mu byo ukora.

30 Ntukigire intare mu rugo rwawe,

ntukabe ikigwari imbere y’abagaragu bawe.

31 Ntukishimire guhabwa gusa,

ntukinubire gutanga.

Categories
Mwene Siraki

Mwene Siraki 5

Kwirinda ubwirasi

1 Ntukishingikirize ku mutungo wawe,

ntukibwire ko wihagije.

2 Ntugatwarwe n’ibyifuzo byawe n’imbaraga zawe,

ntugakurikize irari ry’umutima wawe.

3 Ntukavuge ko ntawe ugutegeka,

koko Uhoraho yazaguhana nta kabuza.

4 Ntukavuge ko wakoze icyaha ntibigire icyo bigutwara,

ujye wibuka ko Uhoraho azi kwihangana.

5 Nukomeza gucumura ntuzizere imbabazi ze.

6 Ntukibwire uti: “Imbabazi ze ni nyinshi,

azambabarira ibyaha byinshi nakoze.”

Koko Uhoraho agira impuhwe ariko kandi agira n’uburakari,

umujinya we azawumarira ku banyabyaha.

7 Ntuzatindiganye kugarukira Uhoraho,

ntukabigire iby’ikindi gihe.

Koko uburakari bw’Uhoraho bushobora guhita bugurumana,

bityo igihe cyo guhanwa ukazarimbuka.

8 Ntukiringire ubukungu bw’amahugu,

igihe cy’amakuba nta cyo buzakumarira.

Kwirinda uburyarya

9 Ntukagosorere ingano mu muyaga uwo ari wo wose,

ntukanyure mu mayira ubonye yose,

ntukamere nk’umunyabyaha urangwa n’uburyarya.

10 Ujye ugira ibitekerezo bihamye,

ujye uvuga ijambo uzasubiraho.

11 Ujye ushishikarira kumva,

nyamara ntukihutire gusubiza.

12 Niba hari icyo uzi usubize mugenzi wawe,

nyamara niba nta cyo wicecekere.

13 Imvugo y’umuntu igaragaza agaciro ke cyangwa ikamusuzuguza,

ururimi rw’umuntu rushobora gutuma arimbuka.

14 Ujye wirinda kwitwa inzimuzi,

amagambo yawe ntakagire uwo abera umutego,

koko igisambo kizakorwa n’isoni,

indyarya na yo izahanwa bikomeye.

15 Ntugacumure haba mu bikomeye cyangwa mu byoroheje,

ntukange incuti yawe.

Categories
Mwene Siraki

Mwene Siraki 6

1 Koko uwabaye ruvumwa arangwa n’isoni n’umugayo,

uko ni ko bizagendekera umunyabyaha urangwa n’uburyarya.

2 Ntukemere gutwarwa n’ibyifuzo byawe,

ntukabyemere kugira ngo imbaraga zawe zitayoyoka.

3 Ntukabyemere utazasigara umeze nk’igiti cyumye,

utazamera nk’igiti kitagira amababi n’imbuto.

4 Ibitekerezo bibi bituma umuntu arimbuka,

bituma abanzi be bamukina ku mubyimba.

Ubucuti nyakuri

5 Imvugo nziza igwiza incuti,

ijambo rinyuze umutima ryongera urugwiro.

6 Nubwo ugirana umubano n’abantu benshi,

nyamara ujye wizera inama z’umwe ku gihumbi.

7 Mbere yo gucudika n’umuntu ujye ubanza umugerageze,

ntukihutire kumugirira icyizere.

8 Koko rero hari ukubera incuti mu byishimo,

nyamara amakuba yaza akakwigarika.

9 Hari ubwo incuti iguhindukira umwanzi,

hari ubwo ituma urakara bikagukoza isoni.

10 Hari n’ukubera incuti kuko musangira ibyawe,

nyamara amakuba yaza akakwitarura.

11 Iyo ufite amahoro aba umwe nawe,

aha abagaragu bawe amategeko.

12 Iyo ugize ibyago araguhinduka,

ntiwongera kumuca iryera.

13 Ujye ugendera kure abanzi bawe,

ujye witondera abo wita incuti zawe.

14 Incuti idahemuka ni ubuhungiro buhamye,

uyibonye aba aronse umukiro.

15 Incuti idahemuka nta cyo wayinganya,

akamaro kayo ntikagereranywa.

16 Incuti idahemuka ni nk’umuti ukiza,

abubaha Uhoraho ni bo bazayibona.

17 Uwubaha Uhoraho amenya guhitamo incuti nyakuri,

koko imyifatire yawe ni yo izaranga incuti yawe.

Kumenya ubuhanga

18 Mwana wanjye, ujye ukunda kwigishwa kuva mu buto bwawe,

bityo uzasazana ubuhanga.

19 Ujye wita ku buhanga,

ujye ubwitaho nk’umuhinzi cyangwa umubibyi,

ujye utegereza wihanganye umusaruro wabwo.

Uzaruha ubushakashaka,

nyamara mu gihe gito uzishimira umusaruro wabwo.

20 Ubuhanga bukomerera injiji,

umupfapfa ntabwitaho.

21 Bumuremerera nk’ibuye rinini,

ntatindiganya kubwiyaka.

22 Koko ubuhanga buberanye n’izina ryabwo,

ntibubonwa n’abantu benshi.

23 Ujye unyumva mwana wanjye,

ujye ukurikiza inama nkugira ntukaziteshukeho.

24 Ujye ushyira iminyururu y’ubuhanga ku birenge byawe,

ujye wambara urunigi rwabwo mu ijosi.

25 Ujye uheka umutwaro wabwo ku ntugu,

ntukinubire uburemere bwawo.

26 Uzabwiyegurire n’umutima wawe wose,

uzabukurikirane n’imbaraga zawe zose.

27 Ujye ubushakashaka buzakwiyereka,

nubushyikira ntuzaburekure.

28 Amaherezo buzakubera uburuhukiro,

umubabaro wawe uzahinduka ibyishimo.

29 Iminyururu yabwo izakurinda,

urunigi rwabwo ruzakubera umwambaro w’icyubahiro.

30 Umutwaro wabwo ni nk’umutako w’izahabu,

iminyururu yabwo ni nk’imishumi y’umuhemba.

31 Ubuhanga buzakubera nk’umwambaro w’icyubahiro,

buzakubera nk’ikamba ry’umunezero.

32 Mwana wanjye, nushaka kwiga uzigishwa,

nushishikarira kwiga uzaba umunyabwenge.

33 Nushishikarira kumva uzamenya,

nutega amatwi uzaba umuhanga.

34 Ujye wisunga abantu b’inararibonye,

ujye wita ku buhanga bwabo.

35 Ujye utega amatwi ijambo ry’Imana,

imigani y’ubwenge ntikagucike.

36 Nubona umuntu w’umunyabwenge ujye uhita umugana,

ujye umugenderera buri gihe.

37 Ujye uzirikana Amategeko y’Uhoraho,

ujye wita ku mabwiriza ye ubudahwema,

azagukomeza kandi aguhe ubuhanga wifuza.

Categories
Mwene Siraki

Mwene Siraki 7

Izindi nama zinyuranye

1 Ntugakore ibibi kugira ngo nawe ibibi bitazakugwirira.

2 Uzamaganire kure akarengane na ko kazaguhunga.

3 Nubiba akarengane uzagasarura incuro ndwi.

4 Ntugasabe Uhoraho umwanya w’icyubahiro,

ntugasabe umwami intebe y’icyubahiro.

5 Ntukigire intungane imbere y’Uhoraho,

ntukigire inyaryenge imbere y’umwami.

6 Ntukifuze kuba umucamanza,

ntukabyifuze niba udashobora kurwanya akarengane,

ntukabyifuze kugira ngo udashukwa n’abakomeye,

bityo ukivutsa ubutungane bwawe.

7 Ntukabangamire inyungu za rubanda,

ntukiteshe agaciro imbere y’abantu.

8 Ntukongere icyaha ku kindi,

koko na kimwe uzagihanirwa.

9 Ntukibwire uti: “Imana Isumbabyose yita ku bwinshi bw’amaturo nyitura,

bityo izakira amaturo yose nzayitura.”

10 Ntugashidikanye mu masengesho yawe,

ntukiyibagize gufasha abakene.

11 Ntugaseke umuntu uri mu kaga,

Imana yamucishije bugufi ni na yo izamuha ikuzo.

12 Ntukabeshyere umuvandimwe wawe,

ujye wirinda kubeshyera incuti.

13 Ujye wirinda ikinyoma icyo ari cyo cyose,

ikinyoma ntikigira akamaro.

14 Ntukavugaguzwe mu ikoraniro ry’abasheshe akanguhe,

nusenga ntugasukiranye amagambo.

15 Ntukange umurimo unaniza cyangwa w’ubuhinzi,

iyo mirimo yaremwe n’Usumbabyose.

16 Ntukifatanye n’agatsiko k’abanyabyaha,

ujye wibuka ko uburakari bw’Uhoraho butazatinda.

17 Ujye wicisha bugufi ukomeje,

umuriro n’inyo ni byo gihano cy’inkozi z’ibibi.

Kubana n’abandi

18 Ntukagurane incuti amafaranga,

ntukagurane umuvandimwe izahabu inoze.

19 Birakwiye kurongora umugore mwiza kandi w’umunyabwenge,

koko ubugwaneza bwe buruta izahabu.

20 Ntugatoteze umugaragu ukorana umurava,

ntugatoteze umukozi witangira umurimo.

21 Ujye ukunda umugaragu w’umunyabwenge nk’uko wikunda,

ntukamwime uburenganzira bwo kwishyira akizana.

22 Niba ufite amatungo ujye uyitaho,

niba agufitiye akamaro uyakomereho.

23 Niba ufite abana ujye ubacyaha,

ujye ubatoza kubaha kuva mu buto bwabo.

24 Niba ufite abakobwa ujye ubatoza kwifata neza,

nyamara ujye ubacyaha.

25 Nushyingira umukobwa wawe uzaba ugeze ku gikorwa nyacyo,

nyamara uzamushyingire umugabo w’umunyabwenge.

26 Niba ufite umugore ugutunganiye ntuzamusende,

nyamara ntukamwizere niba utamukunda.

27 Ujye wubaha so n’umutima wawe wose,

ntukibagirwe ububabare nyoko yagize akubyara.

28 Ujye wibuka ko ari bo bakubyaye,

mbese wagenza ute ngo ubiture ibyo bagukoreye?

Kubaha abatambyi

29 Ujye wubaha Uhoraho n’umutima wawe wose,

ujye wubaha n’abatambyi be.

30 Ujye ukunda Uwakuremye n’imbaraga zawe zose,

ntugatererane abakozi be.

31 Ujye utinya Uhoraho kandi wubahe umutambyi,

ujye umuha umugabane wamugenewe nk’uko Imana yabitegetse:

amaturo y’ibinyampeke,

ibitambo byo guhongerera ibyaha,

urushyi rw’akaboko rw’amatungo yatambwe ho ibitambo,

n’ibindi byose bivuye ku bitambo no ku maturo byamweguriwe.

Kwita ku bakene n’abatishoboye

32 Ujye wita ku bakene,

Imana izagusendereza ho imigisha.

33 Ujye ugirira ubuntu abantu bose,

abapfuye ujye ubaha icyubahiro bakwiye.

34 Ntugatererane abari mu cyunamo,

ujye wifatanya na bo mu kababaro.

35 Ntukiganyirize gusura abarwayi,

nugenza utyo uzakundwa.

36 Mu migenzereze yawe yose ujye uzirikana iherezo ryawe,

bityo ntuzigera ucumura.

Categories
Mwene Siraki

Mwene Siraki 8

Ubushishozi mu mibanire y’abantu

1 Ntugahangane n’umuntu w’igikomerezwa,

ntimugahangane atazaguhitana.

2 Ntugatongane n’umukire,

ntimugatongane atazakurusha ububasha.

Koko izahabu yashutse benshi,

yarindagije imitima y’abami.

3 Ntugatongane n’umuntu uvuga menshi,

ntukongere inkwi mu muriro we.

4 Ntukagirane amashyengo n’inkozi y’ibibi,

koko ashobora gutuka ba sokuruza.

5 Ntugacyahe umuntu wemera icyaha cye,

ujye wibuka ko twese turi abanyabyaha.

6 Ntugasuzugure umuntu ugeze mu zabukuru,

ntukamusuzugure kuko bamwe muri mwe bagana ubusaza.

7 Ntukishimire ko umuntu apfa,

ujye uzirikana ko twese ari yo maherezo.

8 Ntugahinyure inama z’abanyabwenge,

ujye uzirikana imigani yabo.

Koko ni bo uzigiraho ubumenyi,

ni bo uzigiraho gukorera abakomeye.

9 Ntugahinyure inyigisho z’abasheshe akanguhe,

koko na bo bigishijwe n’ababyeyi babo.

Ni bo umuntu yigiraho ubushishozi no gusubiza neza mu gihe gikwiye.

10 Ntugashyigikire umunyabyaha kuko ari ugukongeza umuriro,

ni ugukongeza umuriro ushobora kugutwika nawe.

11 Ujye ugendera kure y’umunyagasuzuguro,

ujye umugendera kure atagutera kuvuga amahomvu.

12 Ntukagurize umuntu ukurusha ububasha,

numuguriza ujye umenya ko uhombye.

13 Ntukishingire ibirenze ubushobozi bwawe,

nubyishingira ujye witegura kwishyura.

14 Ntukaburane n’umucamanza,

azagutsinda kubera icyubahiro afite.

15 Ntukagendane n’umuntu uhubuka atazaguteza ingorane,

azakora ibimuje mu mutwe maze agukururire urupfu.

16 Ntugatongane n’umunyarugomo,

ntukagendane na we muri mwenyine,

koko kumena amaraso ntabikangwa,

azagutsinda aho utagira ugutabara.

17 Ntukagishe inama umupfapfa,

ntazazigama ibanga ryawe.

18 Ntukagirane ibanga n’umuntu utazi,

koko ntiwamenya akazamuvamo.

19 Ntukabwire ubonetse wese ibyo utekereza,

ntukabimubwire kuko atabigushimira.

Categories
Mwene Siraki

Mwene Siraki 9

Kwitondera abagore

1 Niba ukunda umugore ntukamufuhire,

ntukamufuhire bitazatuma akugirira nabi.

2 Ntukiyegurire umugore ubonetse wese,

numwiyegurira azakwigarurira.

3 Ntukitegeze umugore w’indaya,

ntukamwitegeze utazagwa mu mutego we.

4 Ntugacudike n’umuririmbyikazi,

nucudika na we uzagwa mu bishuko bye.

5 Ntukarangarire umukobwa w’inkumi,

ntukamurangarire bitazagushyira mu kaga.

6 Ntukitegeze abagore b’indaya,

nubitegeza bazakumaraho ibyo utunze.

7 Ntukagende ukebaguza mu mayira y’umujyi,

ntukajarajare ahantu hatari nyabagendwa.

8 Ntukitegereze umugore mwiza,

ntukitegereze umugore utari uwawe.

Uburanga bw’abagore bwarindagije abagabo benshi,

koko butuma irari ribagurumanamo nk’umuriro.

9 Ntukicarane n’umugore ufite umugabo,

ntimugasangire divayi mu birori utazamurarikira,

ntimugasangire utazatwarwa ukagana inzira ikuroha.

Gucudika n’abagabo

10 Ntukareke incuti mumaranye igihe,

incuti nshya ntihwana n’iyo musanganywe.

Incuti nshya ni nka divayi y’umushyuhira,

nyamara divayi ihoze iranezeza.

11 Ntukagirire ishyari umunyabyaha ugize amahirwe,

ntukamugirire ishyari kuko utazi amakuba amutegereje.

12 Ntukanezezwe n’ibinyura abatubaha Imana,

ujye wibuka ko igihe bakiri ku isi batazabura guhanwa.

13 Ujye ugendera kure y’umwicanyi,

nugenza utyo ntuzatinya urupfu.

Numwegera ujye umwitondera,

ujye umwitondera atakuvutsa ubuzima.

Ujye umenya ko ukikijwe n’imitego myinshi,

ujye umenya ko uri nk’umuntu ugenda hejuru y’urukuta.

14 Ujye ugerageza gushyikirana n’abaturanyi bawe,

ujye ugisha inama abanyabwenge.

15 Ujye uganira n’abanyabwenge,

ikiganiro cyanyu kijye kiyoborwa n’Amategeko y’Usumbabyose.

16 Ujye usangira n’intungane,

ishema ryawe rijye rirangwa no kubaha Uhoraho.

Ibyerekeye abategetsi

17 Umunyabukorikori w’umuhanga ashimirwa ibikorwa bye,

nyamara umutware ashimirwa imvugo irangwa n’ubushishozi.

18 Umuntu uvuga menshi aba gitinywa kandi akangwa mu mujyi we.

Categories
Mwene Siraki

Mwene Siraki 10

1 Umutegetsi w’umunyabwenge ajijura abantu,

ubutegetsi bw’umunyabwenge burangwa n’imikorere yabwo.

2 Imyifatire y’umutegetsi ni na yo y’ibyegera bye,

imyifatire y’umutware w’umujyi ni na yo y’abaturage be.

3 Umwami w’injiji ayobya abantu be,

nyamara abatware b’abanyabwenge batuma umujyi utera imbere.

4 Ubutegetsi bwose bwo ku isi bugengwa n’Uhoraho,

ni we ushyiraho mu gihe gikwiye abategetsi babikwiye.

5 Uhoraho ni we ugenga amahirwe ya buri muntu,

ni we nkomoko y’icyubahiro gihabwa umutegetsi.

Kwirinda ubwirasi

6 Ntukagirire inzika mugenzi wawe niba yagucumuyeho,

ujye wirinda kugira icyo ukorana umujinya.

7 Ubwirasi butera ishozi Uhoraho n’abantu,

Uhoraho n’abantu banga icyitwa akarengane cyose.

8 Akarengane n’ubwirasi n’umurengwe bituma ubutegetsi bwigarurirwa n’abandi.

9 Kuki umuntu yakwirata kandi ari umukungugu n’ivu?

N’iyo akiri muzima umubiri we uba wuzuyemo ububore.

10 Indwara irambye inanira muganga,

uwari umwami none azapfa ejo.

11 Iyo umuntu apfuye ahinduka ibishorobwa, n’inzukira n’inyo.

12 Intangiriro y’ubwirasi bw’umuntu ni ukwimūra Uhoraho,

ni ukwigomeka ku Uwamuremye.

13 Intangiriro y’ubwirasi ni icyaha,

umuntu ugitsimbararaho agusha ishyano.

Ni yo mpamvu Uhoraho yahanishije abirasi igihano gikomeye,

ni na yo mpamvu yatumye abatsemba.

14 Uhoraho yahanantuye abakomeye abakura ku ntebe zabo,

yabasimbuje abicisha bugufi.

15 Uhoraho yarimbuye abirasi,

yabasimbuje abicisha bugufi.

16 Uhoraho yarimbuye ibihugu,

yarimbuye imfatiro zabyo.

17 Ibihugu bimwe yarabitsembye burundu,

yarabirimbuye byibagirana ku isi.

18 Imana ntiyaremeye abantu kuba abirasi,

ntibavukiye kuba abanyamujinya.

Abantu bakwiye icyubahiro

19 Ni ubuhe bwoko bukwiye kubahwa?

Ni ubwoko bw’abantu bubaha Uhoraho.

Ni ubuhe bwoko bukwiye gusuzugurwa?

Ni ubwoko bw’abantu bica amategeko.

20 Umutegetsi yubahwa n’abo ategeka,

na we aha icyubahiro abubaha Uhoraho.

22 Ari umukire, ikirangirire cyangwa umukene,

ishema ry’abo bose ni ukubaha Uhoraho.

23 Ntibikwiye gusuzugura umukene w’umunyabwenge,

ntibikwiye kandi guha icyubahiro umunyabyaha.

24 Abakomeye, abacamanza n’abategetsi bakwiye guhabwa icyubahiro,

nyamara nta n’umwe muri bo uruta umuntu wubaha Uhoraho.

25 Umugaragu ufite ubwenge azakorerwa n’abantu bigenga,

umuntu ujijutse ntazabyinubira.

Kwicisha bugufi no kwiyubaha

26 Ntukiratane ubuhanga ku murimo ushinzwe,

ntukishimagize ingorane zikugarije.

27 Ni byiza gukora ukaronka ibintu byinshi,

ibyo biruta uwirata kandi atagira ikimutunga.

28 Mwana wanjye, ujye wishimagiza mu rugero,

ujye wishimagiza ukurikije uko bigukwiye.

29 Ni nde washimagiza uwiyonona?

Ni nde warata uwisuzugura?

30 Umukene ashobora gushimirwa ubumenyi bwe,

umukire ashobora gushimirwa umutungo we.

31 Niba umuntu ashimwa ari umukene, nakira bizagenda bite?

Niba umuntu asuzugurwa ari umukire, nakena hazacura iki?

Categories
Mwene Siraki

Mwene Siraki 11

1 Niba umuntu ari umukene akagira ubwenge,

uwo mukene aba afite impamvu imutera kwirata,

uwo kandi akwiye guhabwa umwanya mu bakomeye.

Kutishingikiriza ku buranga bw’umuntu

2 Ntugashimagize umuntu kubera uburanga bwe,

ntugasuzugure umuntu kubera isura ye.

3 Uruyuki ni ruto urugeranyije n’ibiguruka,

nyamara ubuki bwarwo buryoha kurusha ibindi byose.

4 Ntugaseke umuntu kubera ko yambaye nabi,

ntugaseke umuntu uri mu ngorane,

koko Uhoraho akora ibintu bitangaje,

ibintu umuntu adashobora gusobanukirwa.

5 Hari abami benshi bacishijwe bugufi,

hari n’abambitswe ikamba nta wabikekaga.

6 Hari benshi mu bakomeye bacishijwe bugufi,

hari n’ab’ibirangirire bategetswe n’abo batakekaga.

Ubwitonzi mu magambo

7 Ujye ubanza ushishoze mbere yo guhinyura,

ujye ubanza utekereze mbere yo kwamagana.

8 Ntukagire uwo uca mu ijambo,

ntugasubize utarumva neza icyo bavuze.

9 Ntukivange mu magambo atakugenewe,

ntukivange mu mpaka z’abanyabyaha.

Kwiringira Imana yonyine

10 Mwana wanjye, ntugakorere imishinga icyarimwe,

nuyikurikirana cyane ntuzayishobora.

Nubwo wakora uko ushoboye ntuzayirangiza,

nubwo wakoresha imbaraga zawe zose bizakunanira.

11 Hari abantu bakora umurimo bashyizeho umwete,

nyamara ntibagere ku ntego yabo.

12 Hari n’abanyantege nke bakeneye ubunganira,

ni abakene nta kintu bagira,

nyamara Uhoraho abarebana impuhwe,

abarebana impuhwe akabakura muri ubwo bukene.

13 Uhoraho atuma begura umutwe,

bityo abantu benshi bakabatangarira.

14 Ibyiza n’ibibi, ubuzima n’urupfu, ubukene n’ubukire,

ibyo byose bikomoka ku Uhoraho.

17 Impano y’Uhoraho ni iy’iteka ku bamwizera,

ubugwaneza bwe buzabayobora iteka ryose.

18 Hari abantu bakizwa no kumenya kuzigama,

nyamara dore igihembo cyabo.

19 Baribwira bati: “Ubu noneho nshobora kuruhuka,

ngiye kunezezwa n’ibyo ntunze”,

nyamara baribeshya kuko batazi igihe bashigaje,

bazapfa maze ibyo byose babisigire abandi.

20 Ujye ukunda umurimo wawe uwiteho,

ujye uwitaho kugeza mu zabukuru.

21 Ntugatangazwe n’ibikorwa by’umunyabyaha,

ujye wiringira Uhoraho wite ku murimo wawe,

koko byoroheye Uhoraho gukungahaza umukene mu kanya gato.

22 Igihembo cy’intungane ni umugisha w’Uhoraho,

umugisha we ntutinda kubageraho.

23 Ntukavuge uti: “Ese ubundi nkeneye iki?

Ni iki kindi ntegereje mu bihe bizaza?”

24 Ntukavuge uti: “Mfite ibimpagije.

None se ni ibihe byago byangwirira?”

25 Igihe cy’amahirwe, amakuba aribagirana,

igihe cy’amakuba, amahirwe aribagirana.

26 Koko byorohera Uhoraho gutegereza ko umuntu apfa,

bityo amugenera ibikwiranye n’imigenzereze ye.

27 Ibyago by’igihe gito byibagiza umunezero,

ibikorwa by’umuntu bigaragara apfuye.

28 Ntukavuge ko umuntu afite amahirwe akiri muzima,

koko ibye bimenyekana amaze gupfa.

Kumenya guhitamo incuti

29 Ntukinjize iwawe umuntu ubonetse wese,

koko imitego y’abagome ni myinshi.

30 Umwirasi ni nk’inkware yafatiwe mu mutego,

ni nk’umutasi urekereje kukurimbura.

31 Atega umutego ibyiza bigahinduka bibi,

ibyari bitunganye bikabonekaho inenge.

32 Agashashi k’umuriro kabyara inkongi,

umunyabyaha atega imitego yica.

33 Ujye wirinda umugome kuko aba agambiriye ikibi,

ujye umwirinda kuko yagusiga ubwandu butazakuvaho.

34 Nucumbikira umunyamahanga azaguteza impagarara,

numucumbikira azaguteranya n’abo mu rugo rwawe.

Categories
Mwene Siraki

Mwene Siraki 12

Kwirinda abatubaha Imana

1 Nugira neza ujye umenya uwo uyigiriye,

bityo uziturwa ibyiza wakoze.

2 Ujye ugirira neza intungane uzabihemberwa,

iyo ntungane nitakwitura, Usumbabyose azakwihembera.

3 Nta cyiza gikwiye kugirirwa umuntu wihambira ku kibi,

nta cyiza gikwiye kugirirwa uwanga gufasha abakene.

4 Ujye ufasha intungane,

ntugafashe umunyabyaha.

5 Ujye ugirira neza uwicisha bugufi,

ntukagirire neza utubaha Imana.

Numufasha uzaba umuhaye urwaho ngo akwice,

ineza yose wamugiriye izagukururira ibyago byikubye kabiri.

6 Koko rero Usumbabyose yanga abanyabyaha,

azabacira urubakwiye.

7 Ujye ugirira neza intungane,

ntugafashe umunyabyaha.

Kwirinda incuti mbi

8 Igihe cy’umunezero nta wumenya incuti nyayo,

nyamara mu gihe cy’amakuba umwanzi arigaragaza.

9 Iyo umuntu anezerewe abanzi be bahekenya amenyo,

iyo ari mu kaga incuti ye iramwigurutsa.

10 Ntukagire ubwo wiringira umwanzi,

ntukamwiringire kuko ububi bwe ari nk’umuringa waguye ingese.

11 N’iyo yakwicisha bugufi akagenda yunamye,

ujye uba maso umugendere kure.

Uzamubere nk’umuntu usukura indorerwamo yafashe ingese,

ujye umenya ko izo ngese zishizeho burundu.

12 Ntukamwiyegereze atakubirindura agafata umwanya wawe,

ntuzamugire icyegera cyawe atazagutwara intebe,

ibyo nibikugeraho ukicuza ni bwo uzasobanukirwa n’imiburo yanjye.

13 Ni nde wababazwa n’umuntu wakinishije inzoka ikamuruma?

Ni nde wababazwa n’umuntu witegeje inyamaswa z’inkazi?

14 Ni na ko nta wababazwa n’umuntu wisunga umunyabyaha,

nta wamubabarira agize ingaruka z’ibicumuro bye.

15 Umunyabyaha mumarana igihe gito,

nyamara iyo ibyago bije aragutererana.

16 Umwanzi akuvugisha neza,

nyamara agambiriye kukuroha mu rwobo.

Umwanzi ahora asa n’ugufitiye impuhwe,

nyamara iyo aguciye urwaho arakwica.

17 Iyo ugize ibyago aza kukureba,

aza yitwaje kugufasha nyamara aguteze umutego.

18 Icyo gihe agaragaza ububi bwe,

azunguza umutwe, agakoma amashyi agukwena.