Categories
Zaburi

Zaburi 121

Uhoraho ni umurinzi

1 Indirimbo y’abazamuka bajya i Yeruzalemu.

Amaso yanjye nyahanze ku misozi,

mbese gutabarwa kwanjye kuzava he?

2 Gutabarwa kwanjye kuzava ku Uhoraho,

ni We waremye ijuru n’isi.

3 Ntazemera ko hagira ikiguhungabanya,

koko ukurinda ntagoheka.

4 Dore urinda Abisiraheli ntiyigera agoheka,

koko ntiyigera asinzira.

5 Uhoraho ni we ukurinda,

Uhoraho aguhora hafi akakubera ubwugamo.

6 Ku manywa izuba ntirizakwica,

nijoro na bwo ukwezi nta cyo kuzagutwara.

7 Uhoraho azakurinda ikibi cyose,

azajya arinda ubugingo bwawe.

8 Uhoraho azakurinda amajya n’amaza,

akurinde kuva ubu kugeza iteka ryose.

Categories
Zaburi

Zaburi 122

Gusabira Yeruzalemu amahoro

1 Indirimbo y’abazamuka bajya i Yeruzalemu. Ni iya Dawidi.

Narishimye ubwo bambwiraga bati:

“Ngwino tujyane mu Ngoro y’Uhoraho.”

2 None dore tugeze hano,

twinjiriye mu marembo yawe, Yeruzalemu we!

3 Yeruzalemu ni umujyi wubakitse,

wubatse ku buryo ari intamenwa.

4 Imiryango ya Isiraheli, ari yo miryango y’Uhoraho ijyayo,

ijyayo gusingiza Uhoraho ikurikije ibyo yayitegetse.

5 I Yeruzalemu ni ho hacirwa imanza z’ubutabera,

zicibwa n’abakomoka ku Mwami Dawidi.

6 Nimusabire Yeruzalemu amahoro.

Yeruzalemu we, abagukunda nibahorane umutekano!

7 Amahoro narambe muri wowe,

umutekano na wo usagambe mu bigo ntamenwa byawe.

8 Ndagusabira mu izina ry’abavandimwe banjye n’iry’incuti zanjye:

“Uragahorana amahoro.”

9 Ingoro y’Uhoraho Imana yacu yubatse muri wowe,

ni cyo gituma mpora nkwifuriza ishya n’ihirwe.

Categories
Zaburi

Zaburi 123

Isengesho ry’uhanze amaso Uhoraho

1 Indirimbo y’abazamuka bajya i Yeruzalemu.

Uhoraho, uganje mu ijuru,

ni wowe mpanze amaso.

2 Abagaragu bahanga amaso ba shebuja,

abaja na bo bayahanga ba nyirabuja,

natwe tuyahanga Uhoraho Imana yacu,

dutegereje ko aturebana impuhwe.

3 Uhoraho, turebane impuhwe,

nyabuna turebane impuhwe,

koko twasuzuguwe bikabije.

4 Abadamaraye baradusuzuguye bikabije,

abirasi batugize urw’amenyo.

Categories
Zaburi

Zaburi 124

Uhoraho ni Umutabazi

1 Indirimbo y’abazamuka bajya i Yeruzalemu.

Iyo Uhoraho atatugoboka,

Abisiraheli nibabe ari ko bavuga,

2 Iyo Uhoraho atatugoboka,

igihe abantu bari baduhagurukiye,

3 baba baratumize turi bazima,

bakatumira kubera uburakari bukaze badufitiye.

4 Ibyago biba byaraduhitanye nk’abahitanywe n’amazi,

imivu yabyo iba yaradutembanye.

5 Koko ayo mazi yarubiye aba yaradutembanye.

6 Uhoraho nasingizwe,

ntiyaturekeye mu nzāra z’abaduhigaga.

7 Twarokotse nk’inyoni irokoka umutego w’abayiteze,

umutego waracitse turawurokoka.

8 Uhoraho ni Umutabazi wacu,

ni we waremye ijuru n’isi.

Categories
Zaburi

Zaburi 125

Uhoraho arinda abamwiringira

1 Indirimbo y’abazamuka bajya i Yeruzalemu.

Abiringira Uhoraho ntibahungabana,

bameze nk’umusozi wa Siyoni,

ntunyeganyega uhora uhamye.

2 Nk’uko imisozi ikikije Yeruzalemu,

ni ko Uhoraho akikije ubwoko bwe,

abukikije kuva ubu kugeza iteka ryose.

3 Abagome ntibazagumya gutegeka igihugu cyagenewe intungane,

naho ubundi intungane zahinduka inkozi z’ibibi.

4 Uhoraho, ugirire neza abagwaneza,

ugirire neza abafite umutima uboneye.

5 Ariko abafite imigenzereze idatunganye ubameneshe,

Uhoraho, ubameneshe hamwe n’inkozi z’ibibi.

Amahoro nabe muri Isiraheli!

Categories
Zaburi

Zaburi 126

Uhoraho ahoza abarira

1 Indirimbo y’abazamuka bajya i Yeruzalemu.

Igihe Uhoraho yasubizaga Siyoni ishya n’ihirwe,

twe twabonaga ari nk’inzozi!

2 Mbega ukuntu twishimye tugaseka!

Mbega ukuntu twavugije impundu z’urwunge!

Abanyamahanga ni ko gutangara bati:

“Uhoraho yabakoreye ibihambaye!”

3 Koko Uhoraho yadukoreye ibihambaye,

natwe twarishimye.

4 Uhoraho, udusubize ishya n’ihirwe,

nk’uko usubiza amazi mu migezi ya Negebu.

5 Ababiba barira bazasarura bishimye.

6 Ujya kubiba agenda arira yikoreye imbuto,

nyamara iyo agiye gusarura, agaruka yishimye yikoreye imiba.

Categories
Zaburi

Zaburi 127

Imigisha yose itangwa n’Uhoraho

1 Indirimbo y’abazamuka bajya i Yeruzalemu. Ni iya Salomo.

Iyo Uhoraho atari we wubaka inzu,

abayubaka baba baruhira ubusa.

Iyo Uhoraho atari we urinze umujyi,

abawurinda babera maso ubusa.

2 Mwebwe abazinduka kare murushywa n’ubusa,

murakora ntimuruhuke mukarushywa n’ubusa,

murirya mukimara mushaka ibibatunga,

nyamara abo Uhoraho akunda abashakira ibibatunga bisinziririye.

3 Erega abana ni impano itangwa n’Uhoraho,

urubyaro ni byo bihembo atanga!

4 Abahungu umuntu abyara akiri umusore bagira akamaro,

bamubera nk’imyambi intwari ifite ku rugamba.

5 Hahirwa uwabyaye benshi,

bamubera nk’imyambi yuzuye umutana.

Bene uwo ntazatsindwa,

ntazatsindwa naburanira n’abanzi be aho ibibazo bikemurirwa.

Categories
Zaburi

Zaburi 128

Ihirwe ry’abubaha Uhoraho

1 Indirimbo y’abazamuka bajya i Yeruzalemu.

Hahirwa umuntu wese wubaha Uhoraho,

hahirwa umuntu ufite imigenzereze ishimisha Uhoraho.

2 Dore nawe uzatungwa n’umurimo ukora,

uzahirwa ugubwe neza.

3 Mu rugo rwawe, umugore wawe azororoka nk’umuzabibu urumbuka,

ameza yawe abahungu bawe bazayakikiza bameze nk’ingemwe z’iminzenze.

4 Uko ni ko Uhoraho azaha umugisha umugabo umwubaha.

5 Uhoraho naguhe umugisha ari i Siyoni,

wirebere ihirwe rya Yeruzalemu igihe cyose ukiriho,

6 wisazire ubonye abuzukuru bawe.

Amahoro nabe muri Isiraheli!

Categories
Zaburi

Zaburi 129

Itotezwa ry’Abisiraheli

1 Indirimbo y’abazamuka bajya i Yeruzalemu.

Kuva nkiri muto bantoteje kenshi,

Abisiraheli nibabe ari ko bavuga.

2 Kuva nkiri muto bantoteje kenshi,

nyamara ntibabashije kumpitana.

3 Abantoteza bampondaguye umugongo,

bansizeho imibyimba imeze nk’amayogi.

4 Ariko Uhoraho ni intungane,

yacagaguye ingoyi abagome bambohesheje.

5 Abanga Siyoni bose nibatsindwe bahunge.

6 Nibabeho igihe gito nk’ibyatsi bimera hejuru y’inzu,

bihita byumagara bitarakura.

7 Ntawakwirushya abitema kuko atabonamo n’ibyuzuye ikiganza,

nta n’uwakwirushya abihambira kuko atabonamo n’icigata.

8 Abahisi n’abagenzi ntibakababwire bati:

“Uhoraho yabahaye umugisha!”

Mu izina ry’Uhoraho tubasabiye umugisha.

Categories
Zaburi

Zaburi 130

Isengesho ryo gusaba imbabazi

1 Indirimbo y’abazamuka bajya i Yeruzalemu.

Uhoraho ntabara,

dore ngeze mu kaga gakomeye.

2 Nyagasani, wite ku masengesho yanjye,

utege amatwi wumve uko ngusaba imbabazi.

3 Uhoraho Nyagasani, ni nde warokoka,

ni nde warokoka ukomeje kuzirikana ibicumuro byacu?

4 Ni wowe ubabarira ibyaha,

ni cyo gituma ukwiye kubahwa.

5 Ntegereje Uhoraho,

mutegereje mfite ubwuzu,

ibyo yavuze ndabyiringiye.

6 Nyagasani ndamwifuza cyane,

mwifuza kuruta uko umuraririzi yifuza ko bucya,

koko mwifuza kuruta uko umuraririzi yifuza ko bucya.

7 Mwa Bisiraheli mwe, nimwiringire Uhoraho,

nimwiringire Uhoraho kuko agira imbabazi,

iteka akunda gucungura abantu.

8 Ubwe ni we uzacungura Abisiraheli,

azabakiza ibicumuro byabo byose.