Categories
Zaburi

Zaburi 111

Ibikorwa by’Uhoraho biratangaje

1 Haleluya!

Nzasingiza Uhoraho mbikuye ku mutima,

nzamusingiriza mu rubuga rw’intungane no mu ikoraniro ryazo.

2 Ibyo Uhoraho akora birahambaye,

bikwiye gusesengurwa n’ababyishimira.

3 Ibikorwa bye bitatse ikuzo n’ubwiza,

ubutungane bwe buhoraho iteka ryose.

4 Ahora yibutsa abantu ibitangaza yakoze,

Uhoraho agira imbabazi n’impuhwe.

5 Abamwubaha abaha ibyo kubatunga,

ahora yibuka Isezerano yabasezeranyije.

6 Yahishuriye ubwoko bwe ibikorwa bye bihambaye,

abugabira igihugu cyahoze ari gakondo y’abanyamahanga.

7 Ibikorwa bye birangwa n’umurava n’ubutabera,

amategeko ye yose ni ayo kwiringirwa.

8 Ahoraho iteka ryose ntahindagurika,

ashingiye ku murava no ku butungane.

9 Uhoraho yacunguye ubwoko bwe,

ategeka ko Isezerano rye rihoraho,

ni Umuziranenge kandi ateye ubwoba.

10 Kūbaha Uhoraho ni intangiriro y’ubwenge,

abakurikiza amategeko ye bose ni bo bahugukiwe nyabyo.

Akwiye gusingizwa iteka ryose!

Categories
Zaburi

Zaburi 112

Ihirwe ry’intungane

1 Haleluya!

Hahirwa umuntu utinya Uhoraho,

akishimira cyane gukurikiza amabwiriza ye.

2 Urubyaro rwe ruzaba ibirangirire mu gihugu,

abakomoka ku muntu w’intungane bazagira umugisha.

3 Ubukire n’ubukungu bibarizwa iwe,

ubutungane bwe azabuhorana iteka ryose.

4 Mu mwijima umucyo urasira intungane,

urasira n’abagiraimbabazi n’impuhwe n’ubutungane.

5 Ni byiza kuba umunyabuntu kandi ukaguriza abandi,

ni byiza no kugira imigenzereze itagira amakemwa.

6 Koko umuntu w’intungane ntazigera ahungabana,

ntazigera yibagirana bibaho.

7 Inkuru mbi ntizizamutera ubwoba,

afite umutima ukomeye kuko yizera Uhoraho.

8 Ntakuka umutima cyangwa ngo agire ubwoba,

amaherezo azishima hejuru y’abanzi be.

9 Yagize ubuntu aha abakene ataziganya,

ubutungane bwe azabuhorana iteka ryose.

Azagira ububasha n’ikuzo,

10 abagome nibabibona babishe,

bahekenye amenyo bashireho.

Ibyifuzo by’abagome bizahinduka ubusa!

Categories
Zaburi

Zaburi 113

Ikuzo n’impuhwe by’Uhoraho

1 Haleluya!

Mwa bagaragu b’Uhoraho mwe, nimumusingize,

koko nimusingize Uhoraho!

2 Uhoraho nasingizwe,

asingizwe kuva ubu kugeza iteka ryose.

3 Uhoraho nasingizwe,

asingizwe kuva iburasirazuba kugeza iburengerazuba.

4 Uhoraho ni we ugenga amahanga yose,

ikuzo rye risumba ijuru.

5 Nta wuhwanye n’Uhoraho Imana yacu.

Iganje ku ntebe yayo ahasumba ahandi,

6 ica bugufi kugira ngo irebe,

irebe ibibera mu ijuru no ku isi.

7 Ikura umunyantegenke mu mukungugu,

umukene na we imukura mu ivu,

8 ikabashyira mu rwego rw’ibikomangoma,

ibikomangoma byo mu bwoko bwayo.

9 Iha ingumba kubaka ikaremya,

iyiha no kwizihirwa n’urubyaro.

Haleluya!

Categories
Zaburi

Zaburi 114

Abisiraheli bava mu Misiri

1 Ubwo Abisiraheli bavaga mu Misiri,

abakomoka kuri Yakobo bakimuka mu bantu bavuga ururimi rutumvikana,

2 Imana yagize Abayuda intore zayo,

Abisiraheli ibagira ubwoko bwayo igenga.

3 Inyanja ibakubise amaso irahunga,

uruzi rwa Yorodani na rwo rusubira inyuma.

4 Imisozi isimbagurika nk’amasekurume y’intama,

udusozi na two dusimbagurika nk’abana b’intama.

5 Wa nyanja we, ni iki gitumye uhunga?

Nawe Yorodani, ni iki gitumye usubira inyuma?

6 Mwa misozi mwe, ni iki gitumye musimbagurika nk’amasekurume y’intama?

Namwe mwa dusozi mwe, ni iki gitumye musimbagurika nk’abana b’intama?

7 Wa si we, tingita imbere ya Nyagasani,

utingite imbere y’Imana ya Yakobo.

8 Urutare yarutoboyemo ikidendezi cy’amazi,

igitare gikomeye agitoboramo amasōko.

Categories
Zaburi

Zaburi 115

Ikuzo ni iry’Uhoraho

1 Uhoraho, ntube ari twe uha ikuzo,

ntube ari twe uriha,

ube ari wowe uryihesha kubera ineza n’umurava ugira.

2 Kuki abanyamahanga bakwigamba bati:

“Imana yabo ibamariye iki?”

3 Imana yacu iganje mu ijuru,

ibyo ishaka byose irabisohoza.

4 Naho ibigirwamana byabo bicuzwe mu ifeza cyangwa mu izahabu,

byacuzwe n’abantu buntu.

5 Bifite umunwa ariko ntibivuga,

bifite amaso ariko ntibirora,

6 bifite amatwi ariko ntibyumva,

bifite amazuru ariko ntibihumurirwa,

7 bifite intoki ariko ntibikabakaba,

bifite amaguru ariko ntibigenda,

imihogo yabyo na yo ntigira ijwi.

8 Ababirema bahwanye na byo,

ubyiringira wese na we ahwanye na byo.

9 Mwa Bisiraheli mwe, nimujye mwiringira Uhoraho.

“Ni Umutabazi w’Abisiraheli n’ingabo ibakingira.”

10 Mwa bakomoka kuri Aronimwe, nimujye mwiringira Uhoraho.

“Ni Umutabazi wabo n’ingabo ibakingira.”

11 Mwa bubaha Uhoraho mwe, nimujye mumwiringira.

“Ni Umutabazi wabo n’ingabo ibakingira.”

12 Uhoraho aratuzirikana azaduha umugisha,

azaha umugisha abakomoka kuri Isiraheli,

azaha umugisha abakomoka kuri Aroni,

13 azaha umugisha abamwubaha,

azawuha aboroheje n’abakomeye.

14 Uhoraho nabahe kugwira,

nabagwize mwebwe n’abana banyu.

15 Uhoraho nabahe umugisha,

nawubahe we waremye ijuru n’isi.

16 Ijuru ni iry’Uhoraho,

naho isi yayigabiye bene muntu.

17 Abapfuye si bo basingiza Uhoraho,

abagiye ikuzimu ntibamusingiza.

18 Ahubwo twebwe abazima dusingiza Uhoraho,

turamusingiza kuva ubu kugeza iteka ryose.

Haleluya!

Categories
Zaburi

Zaburi 116

Isengesho ry’umuntu urusimbutse

1 Nkunda Uhoraho,

mukundira ko namutakambiye akantabara.

2 Yanteze ugutwi aranyumva,

igihe cyose nkiriho nzajya mwiyambaza.

3 Urupfu rwambohesheje ingoyi zarwo,

ikuzimu hanta ku wa kajwiga,

akaga n’umubabaro birandembya.

4 Nuko ntakambira Uhoraho nti:

“Uhoraho, ndakwinginze nkiza!”

5 Uhoraho agira ibambe akaba n’intungane,

erega Imana yacu yuje impuhwe!

6 Uhoraho arinda abanyabwengebuke.

Nari nazahaye maze arankiza.

7 Reka nsubize umutima mu nda,

kuko Uhoraho yangiriye neza.

8 Uhoraho, wankijije urupfu,

umpoza amarira undinda no guhungabana.

9 Bityo nzajya ntunganira Uhoraho,

mutunganire nkiri ku isi.

10 Nari nizeye Uhoraho nubwo navuze nti:

“Ndababazwa cyane.”

11 Navuganye ubuhubutsi nti:

“Abantu bose ni abanyabinyoma.”

12 Uhoraho yangiriye neza,

ese ibyiza byose yangiriye nabimwitura iki?

13 Nzajyana igikombe cya divayi ho ituro risukwa,

nshimire Uhoraho ko yankijije.

14 Nzahigura Uhoraho imihigo nahize,

nyihigure mu ruhame rw’abantu be bose.

15 Indahemuka z’Uhoraho zirapfa,

urupfu rwazo rukamubabaza.

16 Ayii! Uhoraho ndi umugaragu wawe,

koko ndi umugaragu wawe nabyawe n’umuja wawe,

ni wowe wambohoye ingoyi nariho.

17 Nzagutura igitambo cyo kugushimira,

Uhoraho, ni wowe nzambaza.

18 Nzahigura Uhoraho imihigo nahize,

nyimuhigure mu ruhame rw’abantu be bose,

19 nzabikorera mu rugo rw’Ingoro ye,

iri muri Yeruzalemu rwagati.

Haleluya!

Categories
Zaburi

Zaburi 117

Isi yose nisingize Uhoraho

1 Mwa mahanga yose mwe, nimusingize Uhoraho,

mwa bantu b’amoko yose mwe, nimumuheshe ikuzo.

2 Koko imbabazi Uhoraho atugirira ni nyinshi,

umurava we uhoraho iteka ryose.

Haleluya!

Categories
Zaburi

Zaburi 118

Igisingizo cyo ku munsi mukuru

1 Nimushimire Uhoraho kuko agira neza,

koko imbabazi ze zihoraho iteka ryose.

2 Abisiraheli nibavuge bati:

“Koko imbabazi ze zihoraho iteka ryose.”

3 Abakomoka kuri Aroninibavuge bati:

“Koko imbabazi ze zihoraho iteka ryose.”

4 Abubaha Uhoraho nibavuge bati:

“Koko imbabazi ze zihoraho iteka ryose.”

5 Igihe nari mu kaga natakambiye Uhoraho,

Uhoraho arantabara ampa kwishyira ndizana.

6 Nta cyo nzatinya kuko Uhoraho anshyigikiye,

nta cyo nzatinya.

Mbese umuntu yantwara iki?

7 Uhoraho aranshyigikiye, ni we untabara,

abanyanga nzabishima hejuru batsinzwe.

8 Guhungira ku Uhoraho bigira akamaro,

biruta kwiringira abantu.

9 Guhungira ku Uhoraho bigira akamaro,

biruta kwiringira abakomeye.

10 Amahanga yose yarangose,

Uhoraho ampa kuyatsemba.

11 Yarantangatanze arangota,

Uhoraho ampa kuyatsemba.

12 Yantururiyeho nk’inzuki,

azima vuba nk’umuriro w’amashara,

Uhoraho yampaye kuyatsemba.

13 Baramputajengo banture hasi,

ariko Uhoraho arangoboka.

14 Uhoraho ni we mbaraga zanjye ndamuririmba,

yambereye umukiza.

15 Impundu zo gutsinda zabaye urufaya mu ngoz’intungane,

ziriyamirira ziti:

“Ububasha bw’Uhoraho ni bwo dukesha ibi bigwi,

16 ububasha bw’Uhoraho burahanitse cyane,

ububasha bw’Uhoraho ni bwo dukesha ibi bigwi.”

17 Erega sinzapfa ahubwo nzabaho,

njye ntangaza ibyo Uhoraho yakoze.

18 Uhoraho yampaye igihano gikaze,

nyamara ntiyampannye byo kunyica.

19 Nimunkingurire irembo ry’intungane,

ndinyuremo njye gushimira Uhoraho.

20 Ngiri irembo ry’Uhoraho,

ni ryo intungane zinyuramo.

21 Uhoraho, ndagushimira ko wantabaye,

ndagushimira ko wambereye Umukiza.

22 Ibuye abubatsi banze,

ni ryo ryabaye insanganyarukuta.

23 Ibyo ni Uhoraho wabikoze,

none bitubereye igitangaza!

24 Uyu munsi ni Uhoraho wawutugeneye,

nimucyo twishime tuwunezererwemo.

25 Uhoraho, turakwinginze udukize,

Uhoraho, turakwinginze uduhe ishya n’ihirwe.

26 Hasingizwe uje mu izina ry’Uhoraho!

Tubasabiye umugisha turi mu Ngoro y’Uhoraho.

27 Koko Uhoraho Imana yaturebanye impuhwe.

Nimuzane igitambo cy’umunsi mukuru mukiziritse,

nimukizane mugishyire hagati y’amahembey’urutambiro.

28 Uri Imana yanjye, nanjye nzajya ngushimira,

koko uri Imana yanjye, nzajya ngusingiza.

29 Nimushimire Uhoraho kuko agira neza,

koko imbabazi ze zihoraho iteka ryose.

Categories
Zaburi

Zaburi 119

Amabwiriza y’Uhoraho

1 Hahirwa abantu b’indakemwa mu migenzereze yabo,

bagakurikiza Amategeko y’Uhoraho.

2 Hahirwa abitondera ibyo yategetse,

bakamwambaza babikuye ku mutima.

3 Koko bene abo nta kibi bakora,

ahubwo bagenza uko ashaka.

4 Uhoraho, watanze inshingano,

wazitangiye kugira ngo abantu bazisohoze babyitondeye.

5 Icyampa nkagira imibereho ihamye,

ngakurikiza amateka watanze!

6 Ninzirikana amabwiriza yawe,

ni ho ntazakorwa n’isoni.

7 Nzimenyereza ibyemezo bitunganye wafashe,

ngushimire mfite umutima uboneye.

8 Nzakurikiza amateka watanze,

nawe ntukantererane rwose.

Kuzirikana ibyo Uhoraho yavuze

9 Mbese umusore yagenza ate ngo agire imibereho iboneye?

Yakurikiza ijambo wavuze.

10 Ndakwambaza mbikuye ku mutima,

ntundeke ngo nteshuke amabwiriza yawe.

11 Ibyo wavuze mbihoza ku mutima,

kugira ngo ntagucumuraho.

12 Uhoraho nyagusingizwa,

ujye unyigisha amateka watanze.

13 Wowe wafashe ibyemezo,

nanjye mbitangaza byose ubutitsa.

14 Nishimira gukurikiza ibyo wategetse,

nk’uwishimira ubukungu bwinshi.

15 Njya ntekereza inshingano watanze,

nkazirikana ibyo ushaka ko nkora.

16 Nishimira amateka watanze,

sinzirengagiza ijambo wavuze.

Kwishimira ibyo Uhoraho yategetse

17 Umugaragu wawe ungirire neza umpe kubaho,

bityo mbashe gukurikiza ijambo wavuze.

18 Umpumure amaso kugira ngo ndebe,

ndebe ibitangaza biboneka mu Mategeko yawe.

19 Erega kuri iyi si ndi umugenzi,

ujye umenyesha amabwiriza yawe!

20 Njya nshengurwa no kwifuza,

mpora nifuza gukurikiza ibyemezo wafashe.

21 Uhana abirasi b’ibivume,

ugahana abateshuka amabwiriza yawe.

22 Ujye undinda abantuka n’abansuzugura,

undinde kuko nsohoza ibyo wategetse.

23 Nubwo abategetsi bakwicazwa no kunsebya,

umugaragu wawe nzakomeza kuzirikana amateka watanze.

24 Erega nishimira ibyo wategetse,

ni byo binyungura inama!

Kwiringira ibyo Uhoraho yasezeranye

25 Dore ndazahaye ndenda gupfa,

umpembure nk’uko wabisezeranye.

26 Nakurondoreye imigenzereze yanjye urangoboka,

ujye unyigisha amateka watanze.

27 Ujye unsobanurira uko nsohoza inshingano watanze,

nanjye nzajya nzirikana ibitangaza wakoze.

28 Dore ndarizwa n’agahinda,

unkomeze nk’uko wabisezeranye.

29 Ujye undinda kuba umunyabinyoma,

ungirire neza umpe kumenya Amategeko yawe.

30 Niyemeje kuba umunyamurava,

mpoza umutima ku byemezo wafashe.

31 Nibanda ku byo wategetse,

Uhoraho, ntureke nkorwa n’isoni.

32 Nzajya nihutira gukurikiza amabwiriza yawe,

koko wanyunguye ubwenge.

Gusaba gusobanukirwa

33 Uhoraho, unyigishe gukurikiza amateka watanze,

nanjye nzahora nyakurikiza.

34 Umpe ubwenge njye nkurikiza Amategeko yawe,

nzayitondera mbikuye ku mutima.

35 Unyobore inzira amabwiriza yawe ateganya,

kuyinyura biranshimisha.

36 Unkundishe ibyo wategetse,

aho gukunda inyungu.

37 Undinde kwita ku bitagira umumaro,

ahubwo umpembure ngenze uko ushaka.

38 Umugaragu wawe unsohoreze ibyo wavuze,

bityo abantu bazakubaha.

39 Ujye undinda gukorwa n’isoni kuko mbitinya.

Erega ibyemezo wafashe ni byiza!

40 Nifuza gusohoza inshingano watanze,

ujye umpembura kubera ko uri intungane.

Kugirira icyizere amabwiriza y’Uhoraho

41 Uhoraho, ungirire imbabazi,

untabare ukurikije ibyo wavuze,

42 ni bwo nzagira icyo nsubiza abantuka,

koko niringira ijambo wavuze.

43 Ujye umpa guhora mvuga ukuri,

ibyemezo wafashe mbifitiye icyizere.

44 Sinzahwema gukurikiza Amategeko yawe,

nzajya nyakurikiza iteka ryose.

45 Nzajya ngenda nta nkomyi,

koko nitabīra inshingano watanze.

46 Nzatangariza abami ibyo wategetse,

sinzigera nkorwa n’isoni.

47 Nishimira amabwiriza yawe,

koko ndayakunda cyane.

48 Amabwiriza yawe ndayakunda nkayubaha cyane,

amateka watanze ndayazirikana.

Amategeko y’Uhoraho arahumuriza

49 Ujye uzirikana ijambo wambwiye, jyewe umugaragu wawe,

wararikoresheje ungaruramo icyizere.

50 Igihe nari mfite umubabaro ryarampumurije,

ibyo wavuze birampembura.

51 Abirasi barankoba bikabije,

nyamara sinzateshuka Amategeko yawe.

52 Njya nzirikana ibyemezo wafashe kera,

Uhoraho, kubizirikana birampumuriza.

53 Abagome bantera uburakari bwinshi,

nkabarakarira kubera ko bateshuka Amategeko yawe.

54 Amateka watanze ni yo ndirimba,

nyaririmba aho ndaye ndi umushyitsi hose.

55 Uhoraho, nijoro ndagutekereza,

nzajya nkurikiza Amategeko yawe.

56 Dore icyo nshinzwe gukora:

nzajya nsohoza inshingano watanze.

Gukurikiza Amategeko y’Uhoraho

57 Uhoraho, dore uruhare rwanjye:

niyemeje kumvira Ijambo wavuze.

58 Nagutakambiye mbikuye ku mutima,

ungirire neza ukurikije ibyo wavuze.

59 Nasuzumye imibereho yanjye,

niyemeza gukurikiza ibyo wategetse.

60 Nzagira umwete ndeke gutindiganya,

nzakurikiza amabwiriza yawe.

61 Abagome bantega imitego,

nyamara sinirengagiza Amategeko yawe.

62 Mu gicuku njya mbyuka nkagushimira,

ngushimira ibyemezo bitunganye wafashe.

63 Ndi incuti y’abakubaha bose,

ndi n’iy’abasohoza inshingano watanze.

64 Uhoraho, imbabazi zawe zīganje ku isi yose,

unyigishe rero amateka watanze.

Agaciro k’Amategeko y’Uhoraho

65 Uhoraho, umugaragu wawe wangiriye neza,

wangiriye neza ukurikije ijambo wavuze.

66 Ujye unyigisha gushishoza no kumenya,

koko amabwiriza yawe nyafitiye icyizere.

67 Mbere y’uko ncishwa bugufi narateshukaga,

naho ubu nkurikiza ibyo wavuze.

68 Uhoraho, uri mwiza kandi ugira neza,

ujye unyigisha amateka watanze.

69 Abirasi banshinja ibinyoma,

nyamara jye nsohoza inshingano watanze mbikuye ku mutima.

70 Imitima yabo yarahuramye,

nyamara jyewe nishimira Amategeko yawe.

71 Gucishwa bugufi byangiriye akamaro,

byatumye menya amateka watanze.

72 Amategeko watanze amfitiye akamaro,

andutira ibikoroto ibihumbi by’ifeza n’izahabu.

Kuba indakemwa ku Mategeko y’Uhoraho

73 Warambumbabumbye urandema,

umpe gushishoza menye amabwiriza yawe.

74 Abakubaha iyo bambonye barishima,

bakishimira ko niringira Ijambo wavuze.

75 Uhoraho, nzi ko ibyemezo wafashe bitunganye,

umurava wawe waguteye kuncisha bugufi.

76 Ungirire imbabazi umpumurize,

umugaragu wawe umpumurize ukurikije ibyo wambwiye.

77 Ungirire impuhwe umpembure,

koko nishimira Amategeko yawe.

78 Abirasi banziza ubusa nibamware,

naho jyewe nzajya nsohoza inshingano watanze.

79 Abakubaha nibangarukire,

abazi ibyo wategetse nibangarukire.

80 Icyampa nkaba indakemwa ku mateka watanze,

sinakwigera nkorwa n’isoni.

Gusaba gutabarwa

81 Ndumva ndembye kubera gutegereza agakiza kawe,

nyamara ndacyiringiye Ijambo wavuze.

82 Nategereje ibyo wavuze amaso ahera mu kirēre,

ni ko kwibaza nti: “Mbese uzampumuriza ryari?”

83 Nubwo ndi imburamumaro nk’uruhago rw’uruhurwatazwe ku mwotsi,

nyamara sinirengagiza amateka watanze.

84 Mbese umugaragu wawe nshigaje igihe cyo kurama kingana iki?

Abantoteza se bo uzabahōra ryari?

85 Abirasi ntibakurikiza Amategeko yawe,

bancukuriye urwobo kugira ngo nzarugwemo.

86 Amabwiriza yawe yose ni ayo kwiringirwa,

abantoteza baranziza ubusa,

nyabuneka ntabara!

87 Babuze gato kugira ngo bankure ku isi,

nyamara sinigeze ndeka inshingano watanze.

88 Umpembure kubera ineza ugira,

nanjye nzajya nkurikiza ibyo wategetse.

Ijambo ry’Uhoraho ntirihinyuka

89 Uhoraho, Ijambo wavuze rihoraho iteka,

warishimangiye mu ijuru.

90 Uhorana umurava uko ibihe bihaye ibindi,

washimangiye isi ntinyeganyega.

91 Ibyemezo wafashe n’uyu munsi ntibihinyuka.

Erega ibintu byose biragukorera!

92 Iyo ntaza kwishimira Amategeko yawe,

amakuba narimo aba yarampitanye.

93 Sinzigera nirengagiza inshingano watanze,

koko ni zo zituma umpembura.

94 Erega ndi uwawe unkize,

koko nitabīra inshingano watanze!

95 Abagome bajya baca igico kugira ngo banyice,

ariko nzajya nzirikana ibyo wategetse.

96 Nabonye n’ibinonosoye byose bigira aho bigarukira,

nyamara amabwiriza yawe yo ntagira iherezo.

Amabwiriza y’Uhoraho ahesha ubwenge

97 Mbega ukuntu nkunda Amategeko yawe!

Ni yo ntekereza umunsi ukira.

98 Amabwiriza yawe nyahoza ku mutima iteka ryose,

atuma ndusha abanzi banjye ubwenge.

99 Ubushishozi mburusha abanyigisha bose,

kuko nzirikana ibyo wategetse.

100 Njijukiwe kurusha abantu b’inararibonye,

koko nsohoza inshingano watanze.

101 Nirinze kugendera mu bibi,

narabyirinze kugira ngo nkurikize Ijambo wavuze.

102 Sinigeze nteshuka ibyemezo wafashe,

sinabiteshutse kuko ari wowe unyigisha.

103 Mbega ukuntu ibyo wavuze bindyohera!

Bindyohera kurusha ubuki.

104 Inshingano watanze zituma ngira ubushishozi,

ni cyo gituma ikinyoma cyose ncyanga urunuka.

Ijambo ry’Uhoraho ni urumuri

105 Ijambo wavuze ni itara rīmurikira,

ni urumuri rumurikira imigenzereze yanjye.

106 Indahiro narahiye ndacyayikomeyeho,

nzakurikiza ibyemezo bitunganye wafashe.

107 Uhoraho, narababaye bikabije,

umpembure ukurikije Ijambo wavuze.

108 Uhoraho, akira ibisingizo ngutuye,

ujye umenyesha n’ibyemezo wafashe.

109 Amagara yanjye ahora mu kaga,

nyamara sinirengagiza Amategeko yawe.

110 Abagome banteze umutego,

icyakora sinateshutse inshingano watanze.

111 Ibyo wategetse wabimpaye ho umunani uzahoraho,

koko binyura umutima wanjye.

112 Niyemeje gukurikiza amateka watanze,

nzayakurikiza ngeze ku iherezo.

Imana ishyigikira abayizera

113 Nanga abantu bafata impu zombi,

ariko Amategeko yawe yo ndayakunda.

114 Uri ubuhungiro bwanjye n’ingabo inkingira,

Ijambo wavuze ndacyaryiringiye.

115 Mwa bagizi ba nabi mwe, nimumbise,

nimumbise nkurikize amabwiriza y’Imana yanjye.

116 Mana, ukurikije ibyo wavuze unshyigikire mbeho,

ntutume icyizere ngufitiye gishira.

117 Ujye unshyigikira ndokoke akaga,

nanjye nzajya nitondera amateka watanze.

118 Wigizayo abateshuka amateka watanze,

koko uburiganya bwabo ni impfabusa.

119 Abagome bose bo ku isi ubafata nk’imyanda,

ni cyo gituma nkunda ibyo wategetse.

120 Ndagutinya ngahinda umushyitsi,

ibyemezo wafashe na byo bintera ubwoba.

Isengesho ry’utabaza Uhoraho

121 Nakurikije ubutabera n’ubutungane,

ntuntererane ngo undekere abankandamiza.

122 Wishingire ko umugaragu wawe nzamererwa neza,

ntureke abirasi ngo bankandamize.

123 Nategereje ko ungoboka amaso ahera mu kirēre,

ntegereza ibitunganye wavuze ndaheba.

124 Umugaragu wawe ungirire ibikwiranye n’ineza ugira,

ujye unyigisha n’amateka watanze.

125 Erega ndi umugaragu wawe, ujye unjijura,

unjijure nsobanukirwe ibyo wategetse!

126 Uhoraho, igihe cyawe cyo kwihimūra kirageze,

dore abantu barica Amategeko yawe.

127 Amabwiriza yawe ndayakunda,

andutira izahabu, ndetse izahabu yatunganyijwe.

128 Inshingano watanze zose mbona zitunganye,

naho ikinyoma cyose ncyanga urunuka.

Kwifuza kumvira Uhoraho

129 Ibyo wategetse biratangaje,

ni cyo gituma mbikurikiza.

130 Gusobanukirwa amagambo wavuze bimurikira umuntu,

abanyabwengebuke bibaha ubushishozi.

131 Ngira ubwuzu ngatwarwa,

ntwarwa no kwifuza amabwiriza yawe.

132 Undebe unyiteho ungirire ibambe,

uringirire nk’uko usanzwe urigirira abagukunda.

133 Unyobore nkurikize ibyo wavuze,

ntiwemere ko nganzwa n’igicumuro icyo ari cyo cyose.

134 Unkize abantu bankandamiza,

nanjye nzasohoza inshingano watanze.

135 Umugaragu wawe ujye undebana impuhwe,

unyigishe amateka watanze.

136 Ndarira amarira agatemba nk’umugezi,

ndizwa n’uko abantu bica Amategeko yawe.

Ubutungane bw’Uhoraho

137 Uhoraho, uri intungane,

ibyemezo wafashe na byo biraboneye.

138 Ibyo wategetse biratunganye,

ni ibyo kwiringirwa rwose.

139 Ishyaka nkurwanira rirambaga,

rirambaga kuko abanzi banjye batita ku Ijambo wavuze.

140 Ibyo wavuze byarageragejwe ntibyahinyuka,

umugaragu wawe ndabikunda.

141 Ndi rubanda rugufi nkaba n’insuzugurwa,

nyamara sinirengagiza inshingano watanze.

142 Ubutungane bwawe buhora ari ubutungane nyabwo,

Amategeko yawe na yo ni ay’ukuri.

143 Amakuba n’ibyago byarangwiririye,

ariko amabwiriza yawe aranshimisha.

144 Ibyo wategetse bihora bitunganye,

umpe ubushishozi kugira ngo mbeho.

Gusaba gutabarwa

145 Uhoraho, ngutakambiye mbikuye ku mutima ntabara,

ni bwo nzakurikiza amateka watanze.

146 Ni wowe ntakambiye nkiza,

ni bwo nzakurikiza ibyo wategetse.

147 Nzinduka umuseke utarakeba nkagutakambira,

ijambo wavuze ndacyaryiringiye.

148 Nkesha ijoro ryose ntagohetse,

nkarara ntekereza ibyo wavuze.

149 Uhoraho, kubera ineza ugira ita ku gutakamba kwanjye,

umbesheho ukurikije ibyemezo wafashe.

150 Abacura inama zo kungirira nabi bari hafi,

nyamara bari kure y’Amategeko yawe.

151 Ariko wowe Uhoraho umba bugufi,

amabwiriza yawe yose ni ay’ukuri.

152 Kuva kera namenye ibyo wategetse,

koko wabishyizeho kugira ngo bihoreho iteka ryose.

Uhoraho ni we uhembura

153 Wite ku mibabaro yanjye unkize,

dore sinirengagije Amategeko yawe.

154 Ndengera maze uncungure,

umpembure ukurikije ibyo wavuze.

155 Agakiza kari kure y’abagome,

koko ntibitabīra amateka watanze.

156 Uhoraho, impuhwe ugira ni nyinshi,

umpembure ushingiye ku byemezo wafashe.

157 Abantoteza n’abanyanga ni benshi,

ariko sinigeze nteshuka ibyo wategetse.

158 Iyo mbonye abaguhemukaho bintera ishozi,

kuko badakurikiza ibyo wavuze.

159 Uhoraho, zirikana uko nkunda inshingano watanze,

umpembure kubera ineza ugira.

160 Ijambo wavuze rishingiye ku kuri,

ibyemezo bitunganye wafashe byose bihoraho.

Kwishimira Amategeko y’Uhoraho

161 Abategetsi bantoteza banziza ubusa,

ariko icyo ntinya ni ukudakurikiza Ijambo wavuze.

162 Jyewe nishimira ibyo wavuze,

mbyishimira nk’uwishimira iminyago myinshi.

163 Ibinyoma mbyanga urunuka,

ariko Amategeko yawe yo ndayakunda.

164 Ngusingiza incuro ndwi ku munsi,

ngusingiza kubera ibyemezo bitunganye wafashe.

165 Abakunda Amategeko yawe bagira amahoro menshi,

koko ntakizigera kibahungabanya.

166 Uhoraho, ni wowe ntezeho agakiza,

amabwiriza yawe ndayakurikiza.

167 Ibyo wategetse mbyitaho,

koko ndabikunda cyane!

168 Nsohoza inshingano watanze n’ibyo wategetse,

imigenzereze yanjye yose urayizi.

Isengesho ryo gutabaza

169 Uhoraho, wite ku gutaka kwanjye,

ukurikije Ijambo wavuze, umpe ubushishozi.

170 Wite ku gutakamba kwanjye,

ungoboke ukurikije ibyo wavuze.

171 Reka nguhundazeho ibisingizo,

koko unyigisha amateka watanze.

172 Reka ndirimbe ndata ibyo wavuze,

koko amabwiriza yawe yose aratunganye.

173 Ujye uhora ungoboka iteka,

dore niyemeje gusohoza inshingano watanze.

174 Uhoraho, ndifuza cyane agakiza kawe,

Amategeko yawe kandi ni yo nishimira.

175 Umbesheho kugira ngo njye ngusingiza,

ibyemezo wafashe na byo bijye binyunganira.

176 Dore ndazerera nk’intama yazimiye,

umugaragu wawe ngwino untarūre,

koko sinigeze nirengagiza amabwiriza yawe.

Categories
Zaburi

Zaburi 120

Gutakambira Uhoraho

1 Indirimbo y’abazamuka bajya i Yeruzalemu.

Igihe nari mu makuba, natakambiye Uhoraho arangoboka.

2 Uhoraho, nkiza abanyabinyoma,

unkize abantu bariganya.

3 Mwa banyaburiganya mwe, Uhoraho azabagenza ate?

Ese nk’ubwo azabahanisha gihano ki?

4 Azabarasa imyambi ityaye irwanishwa ku rugamba,

azabajugunyaho amakara yaka.

5 Ngushije ishyano kuko nturanye na bo,

guturana na bo ni nko guturana n’Abamesheki n’Abakedari.

6 Ndambiwe cyane guturana n’abanga amahoro,

7 jyewe icyo nshaka ni amahoro,

iyo nyavuze bo bashaka intambara.