Categories
Zaburi

Zaburi 101

Intego umwami yiyemeje

1 Zaburi ya Dawidi.

Reka ndirimbe ineza n’ubutabera,

Uhoraho, abe ari wowe ncurangira.

2 Dore jye nzihatira kuba indakemwa

wowe se uzaza aho ndi ryari?

Iwanjye na ho nzakomeza kuba indakemwa.

3 Sinzihanganira ikidakwiye icyo ari cyo cyose,

ibikorwa by’abihakana Imana ndabyamagana,

ntaho mpuriye na byo.

4 Sinzagira umutima w’ubugome,

sinzigera nkora ikibi.

5 Usebya mugenzi we rwihishwa nzamucecekesha,

sinzihanganira abanyagasuzuguro n’abirasi.

6 Nzashaka abanyamurava mu gihugu,

mbatuze bugufi bwanjye,

indakemwa ni zo zizankorera.

7 Uriganya wese ntazaba iwanjye,

umunyabinyoma ntazampinguka imbere.

8 Uko bukeye nzajya nkuraho abagome bose mu gihugu,

inkozi z’ibibi zose nzajya nzimenesha mu murwa w’Uhoraho.

Categories
Zaburi

Zaburi 102

Isengesho ry’umunyamibabaro

1 Isengesho ry’umunyamibabaro waguye agacuho akaganyira Uhoraho.

2 Uhoraho, umva iri sengesho ryanjye,

ugutabaza kwanjye kukugereho.

3 Ningira amakuba ntukampunze amaso,

ujye untega amatwi,

igihe ngutabaje wihutire kuntabara.

4 Iminsi yo kubaho kwanjye iyoyotse nk’umwotsi,

umubiri wanjye urahinda umuriro nk’uw’amakara.

5 Ndarabiranye mbaye nk’ibyatsi birabye,

singishaka no kurya.

6 Mporana amaganya ku mutima,

narazonzwe nsigaye ndi amagufwa masa.

7 Nsigaye nigunze nk’uruyongoyongo rwo mu kidaturwa,

nibereye nk’igihunyira cyo mu itongo.

8 Sinkigoheka ndi jyenyine,

meze nk’inyoni yigunze hejuru y’inzu.

9 Abanzi banjye baransebya umunsi ukira,

abanyanga urunuka bangize indahiro.

10 Nsigaye ntunzwe n’ivu aho gutungwa n’ibyokurya,

ibyo nywa mbinywa mbitamo amarira,

11 ni ukubera ko wandakariye ukangirira umujinya.

Koko waranteruye unjugunya kure.

12 Iminsi yo kubaho kwanjye igeze ku iherezo,

ndarabiranye mbaye nk’ibyatsi.

13 Nyamara wowe Uhoraho, uhora uganje ku ngoma,

uzahora uri ikirangirire uko ibihe bihaye ibindi.

14 Uzahaguruka ugirire Siyoni impuhwe.

Erega iki ni cyo gihe cyo kuyigirira imbabazi,

koko icyo gihe kirageze!

15 Nubwo nta buye ryayo rikigeretse ku rindi,

abagaragu bawe turayikunda,

tuyigirira impuhwe nubwo yabaye amatongo.

16 Amahanga azatinya Uhoraho,

abami bose bo ku isi bazamuhesha ikuzo.

17 Koko Uhoraho azubaka Siyoni bundi bushya,

azigaragaza afite ikuzo.

18 Azita ku masengesho y’abakandamijwe,

ye kwirengagiza ibyo bamusaba.

19 Ibyo nibyandikirwe ab’igihe kizaza,

bityo abazavuka bazasingiza Uhoraho.

20 Uhoraho yarunamye ari mu Ngoro ye mu ijuru,

yitegereza isi yibereye mu ijuru,

21 yumva amaganya y’imfungwa,

afungūra abaciriwe urwo gupfa.

22 Bityo Uhoraho azamamazwa i Siyoni,

azasingizwa i Yeruzalemu,

23 azasingizwa igihe amahanga azaba yahakoraniye,

ibihugu by’abami bizaza kuramya Uhoraho.

24 Yacogoje imbaraga zanjye nkiri muto,

iminsi yo kubaho kwanjye arayitubya.

25 Ni ko kuvuga nti:

“Mana yanjye, dore ndacyari umusore ntunkureho.

Nyamara wowe uzahoraho uko ibihe bihaye ibindi.

26 Mbere na mbere wahanze isi,

ijuru na ryo ni umurimo w’intoki zawe.

27 Ibyo bizashiraho, ariko wowe uzahoraho,

byose bizasaza nk’umwambaro,

uzabihindagura nk’uhindura imyambaro bishireho.

28 Ariko wowe uzahora uri uko wahoze,

ntuzigera ugira iherezo.

29 Twebwe abagaragu bawe, abana bacu bazatura mu gihugu,

abazabakomokaho bazahora imbere yawe.”

Categories
Zaburi

Zaburi 103

Urukundo rw’Uhoraho

1 Zaburi ya Dawidi.

Reka nsingize Uhoraho,

nsingize Uhoraho Muziranenge mbikuye ku mutima.

2 Koko reka nsingize Uhoraho,

ne kwibagirwa icyiza na kimwe yakoze.

3 Ni we umbabarira ibicumuro byanjye byose,

ankiza n’indwara zanjye zose.

4 Ni we ungobotora mu nzāra z’urupfu,

ansenderezaho urukundo n’impuhwe.

5 Yampaye kugira ishya n’ihirwe,

yangaruyemo ubusore ngira imbaraga nk’iza kagoma.

6 Uhoraho akora ibitunganye,

arenganura abakandamizwa bose.

7 Imigambi ye yayimenyesheje Musa,

ibikorwa bye bihambaye abimenyesha Abisiraheli.

8 Uhoraho agira impuhwe n’imbabazi,

atinda kurakara kandi yuje urukundo.

9 Ntahora ashinja abantu ibyaha,

nta n’ubwo ahorana inzika.

10 Ntaduha igihano gikwiranye n’ibyaha byacu,

ntatwitura ibikwiranye n’ibicumuro byacu.

11 Nk’uko ijuru ryitaruye isi by’ihabya,

ni ko urukundo akunda abamwubaha ruhebuje.

12 Nk’uko iburasirazuba ari kure y’iburengerazuba,

ni ko atubabarira ibyaha akabishyira kure yacu.

13 Nk’uko se w’abana abagirira impuhwe,

ni ko Uhoraho azigirira abamwubaha.

14 Erega azi uko turemye,

ntiyirengagiza ko turi igitaka gisa!

15 Umuntu ntarama ni nk’ibyatsi,

atohagira nk’indabyo zo mu gasozi.

16 Iyo inkubi y’umuyaga ihushye ziratumuka,

aho zahoze ntihabe hakimenyekana.

17 Ariko impuhwe Uhoraho agirira abamwubaha zihoraho,

zihoraho kuva kera kose kugeza iteka ryose,

ubutungane bwe buzagera no ku buzukuruza babo.

18 Uko ni ko agirira abubahiriza Isezerano yagiranye na bo,

abazirikana inshingano ze ngo bazikurikize.

19 Uhoraho yashimangiye intebe ye ya cyami mu ijuru,

ni Umwami ugenga ibibaho byose.

20 Mwa bamarayika b’Uhoraho b’abanyambaraga n’intwari mwe, nimumusingize,

mwebwe musohoza ibyo avuga nimumusingize,

nimumusingize mwebwe mukurikiza ibyo avuga.

21 Mwa ngabo z’Uhoraho zo mu ijuru mwe, nimumusingize,

nimumusingize mwebwe mumukorera mugasohoza ibyo ashaka.

22 Mwa biremwa by’Uhoraho mwese mwe, nimumusingize,

nimumusingirize ahantu hose ategeka!

Nanjye rero reka nsingize Uhoraho!

Categories
Zaburi

Zaburi 104

Gusingiza Uhoraho Umuremyi

1 Reka nsingize Uhoraho.

Uhoraho Mana yanjye, urakomeye cyane,

wambaye ikuzo n’ubuhangange,

2 wambaye umucyonk’umwitero.

Wahanitse ijuru nk’ubamba ihema.

3 Inkingi z’Ingoro yawe wazishinze mu mazi yo hejuru,

ugendera ku bicu nk’ugendera mu igare rikururwa n’amafarasi,

umuyaga ni yo mababa ugurukisha.

4 Imiyaga uyigira intumwa zawe,

ibirimi by’umuriro ubigira abagaragu bo kugukorera.

5 Washimangiye isi ku mfatiro zayo,

isi ntizigera inyeganyega iteka ryose.

6 Wayidendejeho inyanja imera nk’itwikirijwe umwenda,

amazi arenga hejuru y’imisozi.

7 Amazi warayacyashye arahunga,

yumvise ijwi ryawe rihinda nk’inkuba arasandara,

8 yatembye ku misozi asendera ibibaya,

akoranira aho wayageneye.

9 Wayashingiye imbibi ntarengwa,

bityo ntazongera kuzimanganya isi.

10 Amazi y’amasōko uyayobora mu migezi,

imigezi iromboreza hagati y’imisozi.

11 Inyamaswa zose zo mu gasozi zirayashoka,

indogobe z’ishyamba na zo ziyanywaho zigashira inyota.

12 Inyoni n’ibisiga byibera hafi y’iyo migezi,

mu mashami y’ibiti ni mo bijwigirira.

13 Wibereye mu Ngoro yawe uvubira imisozi imvura,

ibiri ku isi binyurwa n’ibyo ukora.

14 Ni wowe umeza ubwatsi bw’amatungo,

umeza n’imyaka abantu bahinga,

ubutaka ukabubyaza ibyokurya.

15 Ububyaza divayi idabagiza abantu,

ububyaza n’amavuta y’iminzenze atuma bayagirana mu maso,

ububyaza n’ibyokurya byo kubatera imbaraga.

16 Uhoraho, ibiti waremye bibona imvura ihagije,

ni byo masederi ya Libani wamejeje.

17 Inyoni zarika ibyari byazo muri yo,

ibisiga bikibera mu bushorishori bwayo.

18 Imisozi miremire yituriwe n’ihene z’agasozi,

ibitare na byo bikaba ubwihisho bw’impereryi.

19 Ukwezi wagushyiriyeho kumenyekanisha ibihe,

izuba na ryo rizi igihe rirengera.

20 Wohereza umwijima ijoro rikaba riraguye,

inyamaswa zose zo mu gasozi zirara zirigenda.

21 Mana, intare zīvugira mu muhigo,

zīvuga zigusaba ibyokurya.

22 Iyo izuba rirashe zirigendera,

zijya kwiryamira mu masenga yazo.

23 Ni bwo abantu bajya ku mirimo yabo,

bagakorabakageza nimugoroba.

24 Uhoraho, mbega ukuntu ibikorwa byawe ari byinshi!

Erega byose wabikoranye ubuhanga!

Isi yose yuzuye ibyo wahanze.

25 Irebere ukuntu inyanja ari nini kandi ari ngari,

ibinyabuzima biyigendamo ntibibarika,

byaba ibito cyangwa ibinini.

26 Amato ayigendamo yerekeza hirya no hino,

cya gikōko nyamunini waremye cyo mu nyanja ni mo cyikinagura.

27 Ibiremwa byose biguhanze amaso,

bitegereje ko ubigaburira ibyokurya byabyo ku gihe.

28 Urabigaburira bikarya,

upfumbatura igipfunsi ukabihaza ibyiza.

29 Wanga kubyitaho bigashya ubwoba,

wabikuramo umwuka bigapfa,

bisubira mu gitaka aho byavuye.

30 Wohereza umwukawawe bikabaho,

ubutaka ubuha isura nshya.

31 Uhoraho nahorane ikuzo iteka ryose,

Uhoraho niyishimire ibyo yakoze.

32 Yitegereza isi igatingita,

yakoza urutoki ku misozi igacucumuka umwotsi.

33 Nzaririmbira Uhoraho igihe nkiriho,

ncurangire Imana yanjye igihe nzaba ngihumeka.

34 Ibyo nibwira nibinogere Uhoraho,

nanjye nzahora mwishimira.

35 Abanyabyaha nibashire ku isi,

abagome na bo ntibakabeho!

Reka nsingize Uhoraho! Haleluya!

Categories
Zaburi

Zaburi 105

Igisingizo cy’Uhoraho Nyirububasha

1 Nimushimire Uhoraho mumwambaze,

nimwamamaze mu mahanga ibyo yakoze bitangaje.

2 Nimumuririmbire mumucurangire,

nimwamamaze ibitangaza byose yakoze.

3 Nimwirate ko Uhoraho ari Umuziranenge,

mwa bamwambaza mwe, nimwishime.

4 Nimwisunge Uhoraho Nyirububasha,

muhore mumwambaza iteka ryose.

5-6 Mwa rubyaro rw’umugaragu we Aburahamu mwe,

mwebwe abo Uhoraho yitoranyirije mukomoka kuri Yakobo,

nimuzirikane ibikorwa bihambaye yakoze,

muzirikane ibitangaza bye n’ibyemezo yafashe.

7 Uhoraho ni we Mana yacu,

ibyemezo bye bikurikizwa ku isi yose.

8 Ahora azirikana Isezerano rye,

ni ryo jambo yavuze rizahoraho ibihe byose.

9 Ni Isezerano yasezeranyije Aburahamu,

ni n’indahiro yarahiye Izaki.

10 Iryo Sezerano yarisezeranyije na Yakobo rirahama,

riba Isezerano ridakuka kuri Isiraheli.

11 Uhoraho yaramubwiye ati:

“Nzaguha igihugu cya Kanāni,

nzakiguha wowe n’abazagukomokaho.”

12 Icyo gihe bari bakiri bake,

ari abimukīra mbarwa muri icyo gihugu.

13 Bavaga mu gihugu bakajya mu kindi,

bavaga no ku mwami bakajya ku wundi.

14 Nyamara Uhoraho nta we yemereye ko abakandamiza,

ahubwo yacyashye abami ababaziza ati:

15 “Muramenye ntimukagire icyo mutwara abo nitoranyirije,

ntimukagirire nabi abahanuzi banjye.”

16 Nuko Uhoraho ateza inzara mu gihugu,

atuma ibyokurya byose bishira.

17 Ariko yari yarohereje umuntu wo kubabanziriza,

uwo ni Yozefu wari waragurishijwe ngo abe inkoreragahato.

18 Amaguru ye bayabohesheje iminyururu,

ijosi rye barizengurutsa icyuma,

19 kugeza ubwo ibyo yarotōye bisohoye,

bikagaragaza ko ibyo yavuze byavuye ku Uhoraho.

20 Umwami wa Misiri yategetse ko bamukura muri gereza,

uwo mugenga w’amoko menshi aramubohoza.

21 Yamushinze kuba umutware w’urugo rwe,

amushinga no kugenga ibyo atunze byose.

22 Yamushinze guha ibikomangoma amabwiriza uko ashaka,

amushinga no kungura ubwenge abajyanama b’ibwami.

23 Nyuma Isiraheli na we ajya mu Misiri,

Yakobo uwo asuhukira muri icyo gihugu cya Hamu.

24 Uhoraho yahaye ubwoko bwe kororoka,

abugira bwinshi buruta ababukandamizaga.

25 Yahinduye imitima y’Abanyamisiri atuma banga ubwoko bwe,

biga amayeri yo kugirira nabi abagaragu be.

26 Yatumye umugaragu we Musa,

yatoranyije Aroni amutumana na Musa.

27 Ibimenyetso biranga Uhoraho babyeretse Abanyamisiri,

bakorera n’ibitangaza muri icyo gihugu cya Hamu.

28 Uhoraho yahateje umwijima haba icuraburindi,

Abanyamisiri ntibongera guhinyura ijambo rye.

29 Amazi yaho yayahinduye amaraso,

amafi yaho arayica.

30 Igihugu cya Misiri cyuzuye ibikeri,

bigera no mu mazu y’ibwami ararwamo.

31 Yategetse amarumbu y’ibibugu aratera,

indana zo zikwira igihugu cyose.

32 Yagushije urubura mu cyimbo cy’imvura,

yohereza imirabyo umuriro ukwira igihugu cyabo.

33 Yarimbuye imizabibu yabo n’imitini yabo,

ibiti byo mu gihugu cyabo arabivunagura.

34 Yategetse inzige ziratera,

ategeka n’ibihore bitabarika biratera,

35 bitsemba ibimera byose byo mu gihugu cyabo,

bitsemba n’imyaka yo ku butaka bwabo.

36 Yishe uburiza bwose bwo mu gihugu cyabo,

atsemba abahungu babo bose b’impfura.

37 Ariko Abisiraheli abakurayo bafite ifeza n’izahabu,

nta n’umwe wo mu miryango yabo wagendanaga intege nke.

38 Abanyamisiri bishimiye ko Abisiraheli bagiye,

koko bari barabakuye umutima.

39 Uhoraho ashyiraho igicu cyo gukingira Abisiraheli,

ashyiraho n’umuriro wo kubamurikira nijoro.

40 Bamusabye ibyokurya abazanira inturumbutsi,

abaha n’umugati uturutse mu ijuru barawijuta.

41 Yasatuye urutare amazi aradudubiza,

aba umugezi utemba mu butayu.

42 Koko yazirikanye Isezerano rye ritagira inenge,

iryo yasezeranyije umugaragu we Aburahamu.

43 Uhoraho yakuyeyo ubwoko bwe bwishimye,

izo ntore ze azikurayo zivuza impundu.

44 Yabagabiye ubutaka bwari ubw’abanyamahanga,

bagabana ibikorwa andi moko yaruhiye.

45 Kwari ukugira ngo bitondere amateka yatanze,

bakurikize amategeko ye.

Haleluya!

Categories
Zaburi

Zaburi 106

Ubuhemu bw’Abisiraheli

1 Haleluya!

Nimushimire Uhoraho kuko agira neza,

koko imbabazi ze zihoraho iteka ryose.

2 Nta wabasha kurondora ibigwi by’Uhoraho ngo abiheze,

nta n’uwabasha kumutaka ibisingizo bimukwiye.

3 Hahirwa abakurikiza ubutabera,

hahirwa uhora akora ibitunganye.

4 Uhoraho, unzirikane kubera ineza ugirira ubwoko bwawe,

ungoboke kubera ko uri Umukiza!

5 Bityo nzagira ishya n’ihirwe uha intore zawe,

nzishimana n’ubwoko bwawe,

nziratana n’abo wagize umwihariko wawe.

6 Twakurikije ba sogokuruza turacumura,

twakoze ibibi twabaye abagome.

7 Ba sogokuruza bari mu Misiri,

ntibitaye ku bitangaza Uhoraho yakoze,

ntibazirikana ineza nyinshi yabagiriye.

Ahubwo barijujuse bageze ku nyanja,

ari yo ya Nyanja y’Uruseke.

8 Nyamara we yagiriye ikuzo rye arabarokora,

yerekanye ububasha bwe.

9 Yacyashye Inyanja y’Uruseke irakama,

abanyuza muri yo rwagati hakakaye nko mu butayu.

10 Yarabagobotse abakiza ababisha babo,

abakura mu maboko y’abanzi babo.

11 Amazi yarenze ku babisha babo,

ntihagira n’umwe urokoka.

12 Ba sogokuruza bemeye ibyo Uhoraho yavuze,

bamuririmbira bamusingiza.

13 Nyamara bahise bibagirwa ibyo yakoze,

ntibategereza ko asohoza umugambi we.

14 Bararikiye inyama bari mu butayu,

bagerageza Imana bari ahadatuwe.

15 Yabahaye ibyo bari bararikiye,

ariko hamwe na byo ibateza icyorezo.

16 Bagiriye Musa ishyari bari mu nkambi,

barigirira na Aroni uwo Uhoraho yitoranyirije.

17 Ubutaka ni ko kwasama bumira Datani,

burenga no ku gatsiko ka Abiramu.

18 Umuriro watsembye abari babashyigikiye,

ikirimi cyawo gikongora abo bagome.

19 Biremeye ikimasa ku musozi wa Horebu,

baramya icyo kigirwamana bicuriye.

20 Imana yabo nyir’ikuzo barayiguranye,

bayiguranye ishusho y’ikimasa gitungwa n’ubwatsi.

21 Bibagiwe Imana Umukiza wabo,

ari yo Mana yari yarakoze ibihambaye mu Misiri.

22 Ni yo yakoze ibitangaza mu gihugu cya Hamu,

yakoze n’ibiteye ubwoba ku Nyanja y’Uruseke.

23 Imana yari yiyemeje kubarimbura,

iyo Musa intore yayo atayikoma imbere,

ngo acubye uburakari bwayo ye kubatsemba.

24 Banze kujya mu gihugu cy’igikundiro,

ntibemeye ibyo Imana yavuze.

25 Bijujutiye mu mahema yabo,

banga kumvira Uhoraho.

26 Uhoraho yashyize ukuboko hejuru,

arahira ko azabamarira mu butayu,

27 ababakomokaho azabatatanyiriza mu bindi bihugu,

azabamarira mu mahanga.

28 Bayobotse Bāli y’i Pewori,

barya inyama zatuwe abazimu.

29 Imigenzereze yabo yarakaje Uhoraho,

icyorezo kibadukamo.

30 Finehasi yahagurukiye kurwanya ayo marorerwa,

icyo cyorezo kirashira.

31 Icyo gikorwa cya Finehasi cyatumye abarwa nk’intungane,

ahora abarwa atyo uko ibihe bihaye ibindi.

32 Barakaje Uhoraho ku mazi y’i Meriba,

Musa ahagushiriza ishyano kubera bo.

33 Barakaje Musa cyane,

bituma ahubukira kuvuga ibyo atatekereje.

34 Ntibarimbuye amahanga,

nk’uko Uhoraho yari yababwiye.

35 Bivanze n’abanyamahanga,

bakurikije imigenzo yabo.

36 Basenze ibigirwamana by’abo banyamahanga,

bibera Abisiraheli umutego.

37 Abahungu n’abakobwa babo babatambyeho ibitambo,

babatura ingabo za Satani.

38 Bavushije amaraso y’abere,

ari yo maraso y’abahungu n’abakobwa babo,

batuwe ibigirwamana by’Abanyakanāni,

igihugu bagihumanyishije kumena amaraso.

39 Ibikorwa byabo byarabahumanyije,

bīmuye Imana bakeza ibigirwamana.

40 Uburakari bw’Uhoraho bwagurumaniye abantu b’ubwoko bwe,

uwo mwihariko we arawuzinukwa.

41 Yabagabije abanyamahanga,

ababisha babo barabigarurira.

42 Abanzi babo barabakandamije,

baca bugufi barabayoboka.

43 Incuro nyinshi Uhoraho yabakijije abanzi,

nyamara bo baranze baramugomera,

barushaho gucumura.

44 Yabonye akaga barimo,

yita ku gutakamba kwabo.

45 Yazirikanye Isezerano rye,

areka kubahana kubera imbabazi ze nyinshi,

46 abahesha impuhwe ku bari barabigaruriye.

47 Noneho Uhoraho Mana yacu udukize,

udutarurukanye utuvane mu mahanga,

ni bwo tuzagushimira ko uri Umuziranenge,

koko kugusingiza ni byo bizadutera ishema.

48 Uhoraho Imana ya Isiraheli nasingizwe,

nasingizwe kuva kera kose kugeza iteka ryose.

Abantu bose nibikirize bati “Amina!”

Haleluya!

Categories
Zaburi

Zaburi 107

Gushimira Uhoraho Umucunguzi

1 Nimushimire Uhoraho kuko agira neza,

koko imbabazi ze zihoraho iteka ryose.

2 Abacunguwe n’Uhoraho nibabivuge,

yarabacunguye abakiza umwanzi,

3 yarabatarurukanyije abavana mu bihugu by’iburasirazuba n’iby’iburengerazuba,

yabavanye mu byo mu majyaruguru no mu bikikije inyanja.

4 Bamwe bazereraga mu butayu butarangwamo umuntu,

ntibigera babona umujyi utuwe.

5 Barashonje bicwa n’inyota,

bararabirana benda gupfa.

6 Bageze muri ako kaga batakambira Uhoraho,

na we abakiza ayo makuba.

7 Yabanyujije mu nzira iromboreje,

abajyana mu mujyi utuwe.

8 Ngaho nibashimire Uhoraho kubera ineza ye,

bamushimire ibitangaza akorera bene muntu.

9 Koko abari bafite inyota yarayibamaze,

abari bashonje na bo abahaza ibyiza.

10 Abandi biberaga mu mwijima w’icuraburindi,

ari imfungwa zashavuye zibohesheje iminyururu.

11 Koko bari baranze kumvira ibyo Imana yavuze,

bahinyura inama z’Isumbabyose.

12 Yabacishije bugufi bakora imirimo y’agahato,

hagira ugwa ntihagire umwegura.

13 Bageze muri ako kaga batakambira Uhoraho,

na we abarokora ayo makuba.

14 Yabakuye muri wa mwijima w’icuraburindi,

acagagura iminyururu yari ibaboshye.

15 Ngaho nibashimire Uhoraho kubera ineza ye,

bamushimire ibitangaza akorera bene muntu.

16 Koko yamenaguye inzugi z’imiringa,

avunagura n’ibihindizo by’ibyuma.

17 Abandi babaye ibicucu barigomeka,

barababazwa kubera ibicumuro byabo.

18 Bahuzwe ibyokurya by’amoko yose,

barabihuzwe habura gato ngo bapfe.

19 Bageze muri ako kaga batakambira Uhoraho,

na we abarokora ayo makuba.

20 Yaravuze gusa bakira indwara zabo,

bityo abakura mu nzara z’urupfu.

21 Ngaho nibashimire Uhoraho kubera ineza ye,

bamushimire ibitangaza akorera bene muntu.

22 Nibamutambire ibitambo byo kumushimira,

batangaze ibyo yakoze bavuze impundu.

23 Abandi bafashe ubwato baboneza iy’inyanja,

bahererekanya ibicuruzwa hakurya y’amazi magari.

24 Biboneye ibyo Uhoraho akora,

bibonera n’ibitangaza akorera mu nyanja rwagati.

25 Yaravuze inkubi y’umuyaga irahaguruka,

umuyaga na wo ubyutsa imihengeri,

26 ibakoza mu birēre bamanukana na yo,

ako kaga kabakura umutima.

27 Imihengeri yabakozaga hirya no hino,

bakadandabirana nk’umusinzi,

ubuhanga bwabo bwose bunanirwa kubakiza.

28 Bageze muri ako kaga batakambira Uhoraho,

na we abavana muri ayo makuba.

29 Yategetse iyo nkubi y’umuyaga irahosha,

ya mihengeri na yo iratuza.

30 Bashimishijwe n’uko ituze rigarutse,

Uhoraho yabagejeje ku mwaro bifuzaga.

31 Ngaho nibashimire Uhoraho kubera ineza ye,

bamushimire ibitangaza akorera bene muntu.

32 Nibamwogeze mu ikoraniro rya rubanda,

bamusingize abakuru bateraniye mu nama.

33 Akamya inzuzi aho zanyuraga hakuma,

amasōko y’imigezi na yo arayakamya.

34 Igihugu kirumbuka agihindura agasi,

agihora ibibi abagituye bakora.

35 Ubutayu aburemamo ibidendezi,

igihugu cy’umutarwe na cyo agitoboramo amasōko.

36 Aho ni ho atuza abashonje,

na bo bakahubaka umujyi wo guturamo.

37 Babiba imbuto mu mirima bagatera n’imizabibu,

bagira n’umusaruro utubutse.

38 Uhoraho abaha umugisha barororoka baba benshi,

amatungo yabo ntiyareka agabanuka.

39 Hanyuma baragabanutse bacishwa bugufi,

kubera agahato n’ibyago n’umubabaro.

40 Uhoraho atuma ibikomangoma bisuzugurika,

atuma bibuyera mu kidaturwa kitagira inzira.

41 Naho abakene abavana mu makuba,

imiryango yabo akayigwiza nk’amatungo.

42 Intungane zirabibona zikishima,

naho abagome bakaruca bakarumira.

43 Umunyabwenge wese niyite kuri ibyo,

abantu na bo nibazirikane ko Uhoraho agira neza.

Categories
Zaburi

Zaburi 108

Indirimbo y’umuntu wiringiye Imana

1 Iyi ndirimbo ni zaburi ya Dawidi.

2 Mana, ndabyiyemeje,

ngiye kukuririmba ngucurangire mbikuye ku mutima.

3 Reka negure inanga nyamuduri n’inanga y’indoha,

reka ngucurangire umuseke utarakeba.

4 Uhoraho, nzagusingiza mu ruhame rw’amahanga,

nkuririmbe mu ruhame rw’amoko ayatuye.

5 Koko ineza ugira isesuye ijuru,

umurava wawe ugera ku bicu.

6 Mana, erekana ugukomera kwawe gusumba ijuru,

ikuzo ryawe rimenyekane ku isi yose.

7 Inkoramutima zawe udukize akaga.

Untabare unkirishe ububasha bwawe.

8 Imana nziranenge iravugaiti:

“Ni jye nyir’ugutsinda,

umujyi wa Shekemu nawugabanyijemo imigabane,

ikibaya cya Sukoti na cyo nkigabanyamo iminani.

9 Akarere ka Gileyadi ni akanjye,

akarere k’Abamanase na ko ni akanjye,

ak’Abefurayimu ni ingofero y’icyuma inkingira umutwe,

naho ak’Abayuda ni inkoni iranga ubutegetsi bwanjye.

10 Igihugu cya Mowabu ni igikarabiro cyanjye,

icya Edomu nakigize inkoreragahato yanjye,

naho igihugu cy’u Bufilisiti naragitsinze nkigamba hejuru.”

11 Ni nde uzangeza muri Edomu?

Ni nde uzangabiza umujyi ntamenwa waho?

12 Nta wundi keretse Imana, nyamara waraturetse!

Mana, ntukijyana n’ingabo zacu ku rugamba.

13 Tugoboke uhangane n’ababisha bacu,

koko gutabarwa n’umuntu ntibigira umumaro.

14 Imana ni yo izaturwanira dutsinde,

ababisha bacu ni yo izabanyukanyuka.

Categories
Zaburi

Zaburi 109

Utotezwa asaba Uhoraho kumutabara

1 Zaburi y’umuyobozi w’abaririmbyi. Ni iya Dawidi.

Mana ni wowe nsingiza wikwicecekera!

2 Dore abagome n’abanyabinyoma baransebya,

baramvuga amagambo bambeshyera.

3 Banturutse impande zose bamvuga amagambo y’urwango,

barandwanya nta mpamvu.

4 Narabakunze banyitura kumbeshyera,

icyakora jyewe nshishikazwa no gusenga.

5 Ineza nabagiriye bayituye inabi,

urukundo nabakunze barwitura urwango.

6 Umwanzi wanjye mutezeumugome amurege,

umushinja nahagarare iburyo bwe.

7 Nacirwe urubanza rumutsinde,

amasengesho ye amuviremo icyaha.

8 Ntakarambe azakenyuke,

umurimo yari ashinzwe uhabwe undi.

9 Abana be bazabe impfubyi,

umugore we abe umupfakazi.

10 Abana be bazahinduke inzererezi n’abasabirizi,

bajye basabiriza kure y’itongo ry’iwabo.

11 Umwishyuza nafatīre ibye byose ku ngufu,

abo atazi bamutware ibyo yaruhiye.

12 Ntihakagire umuntu n’umwe umugirira neza,

impfubyi asize ntihakagire uzigirira impuhwe.

13 Urubyaro rwe ruzarimbuke,

mu gihe gito rube rwibagiranye.

14 Ibicumuro bya ba sekuruza Uhoraho ajye abyibutswa,

ibyaha nyina yakoze ntibikamuhanagurweho

15 Uhoraho ajye abihozaho ijisho,

bibagirane ku isi be kwibukwa ukundi.

16 Umwanzi wanjye bizamubeho bityo kuko atigeze aranganwa imbabazi,

ahubwo yatoteje abanyamibabaro n’abakene n’abashavuye,

abatoteza agira ngo bapfe.

17 Yakundaga kuvumana, na we umuvumo numwokame,

ntiyifurizaga abandi umugisha,

na we umugisha numube kure.

18 Yahozaga umuvumo ku rurimi,

wari waramucengeye nk’amazi acengera umubiri,

cyangwa nk’ibinure bicengera ingingo.

19 Ngaho numumerere nk’umwambaro yambaye,

ahore awukenyeje nk’umukandara.

20 Ngibyo ibihembo Uhoraho azaha abanshinja,

ngibyo ibyo azaha abamvuga nabi.

21 Ariko wowe Uhoraho Nyagasani,

ungirire neza kubera izina ryawe,

unkize kubera ineza yawe nyinshi.

22 Koko ndi umunyamibabaro n’umukene,

umutima wanjye washenguwe n’ishavu.

23 Ndarembera nk’igicucu cyo ku kirengarenga,

baramenesha nk’abamenesha inzige.

24 Kubera kwigomwa kurya, amavi ntagishinga,

ibinure byanshizemo ndananutse.

25 Bangize insuzugurwa,

barambona bakanzunguriza umutwe.

26 Uhoraho Mana yanjye, ntabara

kubera ineza yawe unkize.

27 Bityo bamenye ko mbikesha ububasha bwawe,

bamenye ko ari wowe Uhoraho wabingiriye.

28 Nibavume wowe utange umugisha!

Nibahagurukira kurwana bazakorwa n’isoni,

naho jyewe umugaragu wawe nzishima.

29 Abanshinja nibamware bakenyere ikimwaro,

nibakorwe n’isoni zibabere umwitero.

30 Nzasingiza Uhoraho ndanguruye ijwi,

mushimire mu ruhame rw’imbaga nyamwinshi.

31 Koko ahagarara iburyo bw’umukene akamurengera,

amukiza abamucira urubanza rwo kumutsinda.

Categories
Zaburi

Zaburi 110

Umwami n’umutambyi

1 Zaburi ya Dawidi.

Uhoraho yabwiye umwami wanjye ati:

“Icara ku ntebe ya cyami iburyo bwanjye,

nanjye nzahindura abanzi bawe nk’akabaho ukandagizaho ibirenge.”

2 Uhoraho nashimangire ingoma yawe,

ayagūre ahereye i Siyoni,

nawe ngaho ganza abanzi bawe.

3 Umunsi uzakoranya ingabo zawe,

abantu bawe bazitanga babikunze,

bazaba bisukuye biboneje.

Abasore bazakugeraho kare,

bazindutse nk’ikime cyo mu museso.

4 Uhoraho yararahiye kandi ntazivuguruza,

yaravuze ati: “Uri umutambyi iteka ryose,

mu buryo bwa Melikisedeki.”

5 Umwami uri iburyo bwawe,

ku munsi azarakarira abami azabatsemba.

6 Azacira abanyamahanga urubanza,

imirambo izaba iri hose,

atsembe n’abatware ku isi yose.

7 Umwami akiri mu rugendo azanywa ku mazi y’umugezi,

atabarukane ishema.