Categories
Yozuwe

Yozuwe 1

Uhoraho yasezeranyije Yozuwe ko atazamutererana

1 Musa umugaragu w’Uhoraho amaze gupfa, Uhoraho abwira Yozuwe mwene Nuni akaba n’umufasha wa Musa ati:

2 “Umugaragu wanjye Musa yarapfuye, none itegure kwambuka ruriya ruzi rwa Yorodani, ujyane Abisiraheli bose mu gihugu mbahaye.

3 Aho muzakoza ikirenge hose ndahabeguriye, nk’uko nabisezeranyije Musa.

4 Umupaka w’igihugu cyanyu uzahera ku butayu mu majyepfo, ugere ku bisibya Libani mu majyaruguru, uhere no ku ruzi runini rwa Efurati mu burasirazuba harimo n’igihugu cyose cy’Abaheti, ugere ku Nyanja ya Mediterane mu burengerazuba.

5 Mu mibereho yawe yose nta wuzaguhangara, kuko nzaba ndi kumwe nawe nk’uko nari kumwe na Musa. Sinzagusiga wenyine kandi sinzagutererana na rimwe.

6 Komera kandi ube intwari, kuko ari wowe uzahesha aba bantu igihugu narahiriye ba sekuruza ko nzabaha.

7 Komera rero kandi ube intwari cyane. Uzajye ukurikiza Amategeko yose umugaragu wanjye Musa yagushyikirije, ntuzayateshukeho kugira ngo aho uzajya hose uzamererwe neza.

8 Ujye uhora usoma igitabo cy’Amategeko, uyazirikane ku manywa na nijoro kandi ukurikize ibyanditswemo byose. Nugenza utyo uzagira ishya n’ihirwe.

9 Ujye wibuka ko nagutegetse gukomera no kuba intwari. None rero ntugatinye kandi ntugakuke umutima, kuko jyewe Uhoraho Imana yawe nzaba ndi kumwe nawe aho uzajya hose.”

Yozuwe ategura kwambuka Yorodani

10 Nuko Yozuwe ategeka abatware b’Abisiraheli

11 kuzenguruka mu nkambi, babwira Abisiraheli bati: “Nimutegure impamba kuko nyuma y’iminsi itatu muzambuka Yorodani, mukigarurira igihugu Uhoraho Imana yanyu abahaye.”

12 Yozuwe abwira Abarubeni n’Abagadi n’igice cy’Abamanase ati:

13 “Nimwibuke ibyo Musa umugaragu w’Uhoraho yababwiye agira ati: ‘Uhoraho Imana yanyu abemereye gutura muri iki gihugu, iburasirazuba bwa Yorodani.’

14 Abagore banyu n’abana banyu bazagume hakuno ya Yorodani aho Musa yabahaye, basigarane n’amatungo yanyu. Naho ab’intwari mwese nimufate intwaro, mwambuke murangaje imbere ya bene wanyu b’Abisiraheli. Muzabafashe urugamba

15 kugeza ubwo Uhoraho Imana yanyu azabaha kwigarurira igihugu abahaye, akabaha umutekano nk’uko yabibagenjereje namwe. Hanyuma muzagaruke muri iki gihugu Musa umugaragu w’Uhoraho yabahaye ho gakondo, iburasirazuba bwa Yorodani.”

16 Nuko basubiza Yozuwe bati: “Ibyo udutegetse byose tuzabikora, n’aho uzatwohereza hose tuzajyayo.

17 Tuzakumvira byimazeyo nk’uko twumviraga Musa. Icyaduha gusa ngo Uhoraho Imana yawe azabe ari kumwe nawe nk’uko yari kumwe na Musa.

18 Umuntu wese uzakwigomekaho akanga kumvira amategeko yawe azicwe. None rero wowe, komera kandi ube intwari!”

Categories
Yozuwe

Yozuwe 2

Yozuwe yohereza abatasi i Yeriko

1 Bakiri i Shitimu, Yozuwe mwene Nuni yohereza rwihishwa abantu babiri ngo batate igihugu n’umujyi wa Yeriko. Bageze i Yeriko, ba batasi bombi bajya gucumbika ku mugore w’indaya witwa Rahabu.

2 Umwami wa Yeriko amenya ko uwo mugoroba Abisiraheli babiri bageze mu mujyi, kugira ngo batate igihugu cye.

3 Ni ko gutuma kuri Rahabu ati: “Duhe abantu baje iwawe, kuko bazanywe no gutata igihugu cyose.”

4 Rahabu wari wamaze guhisha abatasi, asubiza intumwa z’umwami ati: “Koko hari abagabo baje iwanjye, ariko sinari nzi aho baturuka.

5 Bagiye bwije irembory’umujyi ritarakingwa. Sinzi aho barengeye, icyakora mwihuse mwabafata.”

6 Nyamara yari yaburije hejuru y’inzuye maze abahisha mu byatsi yari yahanitse.

7 Intumwa z’umwami ziva mu mujyi zihuta irembo bararikinga, zijya kubategera ku ruzi rwa Yorodani.

8 Mbere y’uko abantu baryama Rahabu asanga abatasi hejuru y’inzu,

9 arababwira ati: “Nzi ko Uhoraho yabagabije iki gihugu. Mwadukuye umutima kandi abaturage bose mwabateye ubwoba.

10 Twumvise ko Uhoraho yakamije Inyanja y’Uruseke ngo mubone uko mwambuka, igihe mwari muvuye mu Misiri. Twumvise n’uko mwishe Sihoni na Ogi, abami bombi b’Abamori bari batuye iburasirazuba bwa Yorodani.

11 Twumvise iyo nkuru dukuka umutima, twese mwaduteye ubwoba. Koko Uhoraho Imana yanyu ni Imana igenga ijuru n’isi!

12 Ngaho nimundahire Uhoraho, mumpe n’icyemezo ko ineza mbagiriye muzayitura umuryango wanjye.

13 Nimundahire ko nta cyo muzatwara ababyeyi banjye n’abavandimwe banjye, n’abo mu ngo zabo bose. Ntimuzatume twicwa!”

14 Abatasi baramurahira bati: “Ni ukuri tuzakiza amagara yanyu nk’uko ukijije ayacu, upfa gusa kutagira uwo ubwira ibyacu. Igihe Uhoraho azatugabiza iki gihugu tuzagufata neza, ntituzaguhemukira.”

15 Inzu ya Rahabu yari ifatanye n’urukuta rw’umujyi ifite n’idirishya rireba hanze, nuko acishamo umugozi kugira ngo ba batasi bawumanukireho bacike.

16 Rahabu arababwira ati: “Nimujye kwihisha mu misozi kugira ngo mudahura n’abashaka kubafata. Nyuma y’iminsi itatu bazaba bagarutse, mubone gukomeza urugendo.”

17 Ba batasi baramubwira bati: “Indahiro waturahije tuzayubahiriza.

18 Ariko nidutera, uzapfundike uyu mushumi utukura ku idirishya tugiye kunyuramo, kandi ababyeyi bawe n’abavandimwe bawe na bene wanyu bose, uzabe wabakoranyirije muri iyi nzu yawe.

19 Nihagira usohoka mu nzu yawe akagira icyo aba, amaraso ye ntazatubarweho. Ariko nihagira umuntu ugira icyo abera muri iyi nzu, amaraso ye azatubarweho.

20 Nyamara nuramuka ugize uwo ubwira ibyacu, ntituzaba tucyubahirije indahiro waturahije.”

21 Rahabu arabasubiza ati: “Ndabyemeye.” Nuko abasezeraho baragenda, maze apfundika wa mushumi utukura ku idirishya.

22 Abatasi bahungira ku misozi bahamara iminsi itatu bihishe. Naho intumwa z’umwami zibashakira mu mihanda yose zirababura, zigaruka mu mujyi.

23 Nuko ba bagabo bombi baramanuka bambuka Yorodani, basubira aho Yozuwe mwene Nuni yari ari. Bahageze bamutekerereza ibyababayeho byose,

24 kandi baramubwira bati: “Uhoraho yatugabije kiriya gihugu cyose, ndetse n’abaturage bacyo twabakuye umutima!”

Categories
Yozuwe

Yozuwe 3

Abisiraheli bambuka Yorodani

1 Bukeye Yozuwe n’Abisiraheli bose barazinduka, bava i Shitimu bashinga amahema iruhande rwa Yorodani, baraharara, bategereje kwambuka.

2 Hashize iminsi itatu abatware bazenguruka mu nkambi,

3 babwira Abisiraheli bati: “Nimubona Abalevi b’abatambyi bahetse Isanduku y’Isezerano ry’Uhoraho Imana yanyu, muzahaguruke muyikurikire,

4 kugira ngo mumenye aho munyura, kuko mutigeze muca muri iyo nzira. Icyakora ntimuzasatire Isanduku, mujye muyigendera kure nko mu ntera ya kilometero imwe.”

5 Hanyuma Yozuwe abwira Abisiraheli ati: “Nimwitunganye, kuko ejo Uhoraho azabakorera igitangaza.”

6 Yozuwe ategeka abatambyi guheka Isanduku y’Isezerano no kurangaza imbere ya rubanda. Nuko babigenza batyo.

7 Uhoraho abwira Yozuwe ati: “Guhera uyu munsi ngiye kuguhesha ikuzo mu Bisiraheli bose, kugira ngo bamenye ko ndi kumwe nawe nk’uko nari kumwe na Musa.

8 Bwira abatambyi bahetse Isanduku y’Isezerano, nibagera mu ruzi rwa Yorodani bahagararemo.”

9 Yozuwe akoranya Abisiraheli kugira ngo ababwire ibyo Uhoraho Imana yabo yavuze.

10 Arababwira ati: “Imana nzima izamenesha Abanyakanāni n’Abaheti n’Abahivi, n’Abaperizi n’Abagirigashi, n’Abamori n’Abayebuzi nimubatera, bityo muzamenya ko iri kumwe namwe.

11 Isanduku y’Isezerano ry’Umugenga w’isi yose ni yo izabajya imbere muri Yorodani.

12 Nimutoranye abagabo cumi na babiri, umwe muri buri muryango.

13 Abatambyi bahetse Isanduku y’Uhoraho Umugenga w’isi yose, nibakoza ibirenge mu ruzi rwa Yorodani, ruzacikamo kabiri amazi ya ruguru yigomere.”

14 Abatambyi bari bahetse Isanduku y’Isezerano bava mu nkambi, maze abandi Bisiraheli barabakurikira kugira ngo bambuke Yorodani.

15 Ibyo byabaye mu gihe cy’isarura, uruzi rwuzuye.Ariko abatambyi bahetse Isanduku bagikoza ibirenge mu mazi,

16 uruzi rucikamo kabiri. Amazi ya ruguru yigomerera ahateganye n’umujyi witwa Adamu hafi ya Saritani, kure cyane y’aho bari bari, ntiyakomeza gutemba ngo ajye mu kiyaga cya Araba, ari cyo Kiyaga cy’Umunyu. Uko ni ko Abisiraheli bashoboye kwambuka Yorodani ahateganye n’i Yeriko.

17 Abatambyi bari bahetse Isanduku y’Isezerano ry’Uhoraho, bagumye guhagarara ahumutse muri Yorodani rwagati, kugeza ubwo Abisiraheli bose bamariye kwambuka bagenda ahumutse.

Categories
Yozuwe

Yozuwe 4

Amabuye y’urwibutso

1 Abisiraheli bose bamaze kwambuka Yorodani, Uhoraho abwira Yozuwe ati:

2 “Ba bagabo cumi na babiri mwatoranyije umwe umwe muri buri muryango,

3 ubategeke gusubira muri Yorodani aho abatambyi bahagaze, bakuremo amabuye cumi n’abiri, bayazane bayashyire aho muri burare.”

4 Yozuwe ahamagaza ba bagabo cumi na babiri bari batoranyijwe,

5 arababwira ati: “Nimusubire muri Yorodani, mujye aho Isanduku y’Uhoraho Imana yanyu iri. Buri muntu ahakure ibuye aze arihetse ku rutugu, yose hamwe abe cumi n’abiri ahwanye n’imiryango y’Abisiraheli.

6 Ayo mabuye azajye abibutsa ibyo Uhoraho yakoreye aha. Mu bihe bizaza abana banyu nibababaza icyo ayo mabuye asobanura,

7 muzabasubize muti: ‘Atwibutsa ko uruzi rwa Yorodani rwaretse gutemba, igihe abari bahetse Isanduku y’Isezerano ry’Uhoraho barwambukaga. Aya mabuye rero azajya abyibutsa Abisiraheli uko ibihe bihaye ibindi.’ ”

8 Nuko ba bagabo batoranyijwe babigenza nk’uko Yozuwe yababwiye, bajya muri Yorodani bakuramo amabuye cumi n’abiri ahwanye n’imiryango y’Abisiraheli. Bayajyana aho bari burare, nk’uko Uhoraho yari yabitegetse Yozuwe.

9 Yozuwe ashingisha amabuye cumi n’abiri muri Yorodani, aho abatambyi bahetse Isanduku y’Isezerano bari bahagaze. Na n’ubu ayo mabuye aracyahari.

10 Abatambyi bahetse Isanduku bakomeje guhagarara muri Yorodani, kugeza ubwo ibyo Uhoraho yari yategetse Yozuwe byose bisohozwa. Yozuwe yategekaga Abisiraheli nk’uko Musa yari yarabimubwiye. Abantu bambuka vuba vuba,

11 maze bose bamaze kugera hakurya, abatambyi bahetse Isanduku y’Uhoraho na bo barambuka, babacaho bongera kubarangaza imbere.

12 Abagabo b’intwari bo mu muryango wa Rubeni n’abo mu wa Gadi kimwe n’igice cy’abo mu wa Manase, bafata intwaro bambuka mbere y’abandi Bisiraheli, nk’uko Musa yari yarabibategetse.

13 Ingabo z’iyo miryango zageraga ku bihumbi mirongo ine, zambutse Yorodani zigera mu kibaya cy’i Yeriko, ziteguye kurwana ziyobowe n’Uhoraho.

14 Uwo munsi Uhoraho ahesha Yozuwe ikuzo mu Bisiraheli, maze igihe cyose yabayeho bamwubaha nk’uko bubahaga Musa.

15 Uhoraho abwira Yozuwe ati:

16 “Tegeka abatambyi bahetse Isanduku irimo bya bisate by’amabuye byanditseho Amategeko, bave muri Yorodani.”

17 Yozuwe arabibategeka.

18 Abatambyi bahetse Isanduku y’Isezerano ry’Uhoraho bava muri Yorodani, bagikoza ibirenge imusozi, uruzi rurongera ruratemba ruruzura nka mbere.

19 Ku itariki ya cumi y’ukwezi kwa mbere, ni bwo Abisiraheli bambutse Yorodani, bashinga amahema i Gilugali mu burasirazuba bwa Yeriko.

20 Ya mabuye cumi n’abiri bakuye muri Yorodani Yozuwe ayashinga i Gilugali,

21 maze abwira Abisiraheli ati: “Mu bihe bizaza, abana banyu nibababaza icyo aya mabuye asobanura,

22 muzabatekerereze uko Abisiraheli bambutse Yorodani bagenda ku butaka,

23 n’uko Uhoraho Imana yanyu yakamije Yorodani ngo mwambuke, nk’uko yari yarakamije Inyanja y’Uruseke.

24 Yabigenje atyo kugira ngo amoko yose yo ku isi amenye ko Uhoraho Imana yanyu ari umunyamaboko, kandi ngo namwe muhore mumwumvira.”

Categories
Yozuwe

Yozuwe 5

1 Abami bose b’Abamori batuye iburengerazuba bwa Yorodani, n’abami bose b’Abanyakanāni batuye hafi y’Inyanja ya Mediterane, bumva uko Uhoraho yakamije amazi ya Yorodani ngo Abisiraheli bashobore kwambuka. Nuko bakuka umutima, batinya Abisiraheli cyane.

Gukebwa kw’Abisiraheli i Gilugali

2 Icyo gihe Uhoraho abwira Yozuwe ati: “Nimufate amasarabwayi atyaye, maze mukebe Abisiraheli nk’uko byakozwe mbere.”

3 Nuko Yozuwe akebesha Abisiraheli bakoresheje amasarabwayi, aho hantu bahita umusozi wo gukeba.

4 Byari ngombwa kubakeba kuko abagabo bose bari baravuye mu Misiri bageze mu kigero cyo kujya ku rugamba, bari baraguye mu butayu.

5 Abo bose bari barakebwe, ariko abavukiye mu butayu bose bari batarakebwa.

6 Abisiraheli bari baramaze imyaka mirongo ine mu butayu. Muri icyo gihe, abagabo bose bari mu kigero cyo kujya ku rugamba ubwo bavaga mu Misiri, bari barapfuye kubera ko batumviye Uhoraho. Uhoraho yari yarabarahiye ko batazagera mu gihugu yasezeranyije ba sekuruza ko azaduha, ni igihugu gitemba amata n’ubuki.

7 Abo bagabo Uhoraho yabasimbuje abana babo Yozuwe yakebesheje, kuko batari barakebwe bakiri mu nzira.

8 Ab’igitsinagabo bose bamaze gukebwa, baguma mu nkambi bategereje ko bakira.

9 Uhoraho abwira Yozuwe ati: “Uyu munsi mbavanyeho agasuzuguro k’Abanyamisiri.” Ni yo mpamvu aho hantu hitwa Gilugalikugeza n’ubu.

Pasika ya mbere yo muri Kanāni

10 Nimugoroba ku itariki ya cumi n’enye y’ukwezi kwa mbere, Abisiraheli bizihiza Pasika mu nkambi yabo i Gilugali mu kibaya cy’i Yeriko.

11 Bukeye barya imigati idasembuye n’amahundo yokeje byo muri icyo gihugu.

12 Kuva uwo munsi nta manu zongeye kuboneka, uwo mwaka batunzwe n’ibyo basaruye mu gihugu cya Kanāni.

Umugaba w’ingabo z’Uhoraho

13 Yozuwe ari hafi y’i Yeriko, abona umuntu umuhagaze imbere afashe inkota mu ntoki. Nuko Yozuwe aramwegera, aramubaza ati: “Ese uri uwo mu ngabo zacu, cyangwa uri uwo mu banzi bacu?”

14 Undi aramusubiza ati: “Si ndi uwo muri abo uvuze, ahubwo nje ndi umugaba w’ingabo z’Uhoraho.”

Nuko Yozuwe yikubita hasi yubamye, aramubwira ati: “Nyagasani, untegetse iki?”

15 Umugaba w’ingabo z’Uhoraho aramusubiza ati: “Kuramo inkweto kuko uhagaze ahantu Uhoraho yitoranyirije.” Nuko Yozuwe abigenza atyo.

Categories
Yozuwe

Yozuwe 6

Abisiraheli bigarurira Yeriko

1 Inzugi z’amarembo y’umujyi wa Yeriko zari zidadiye, kugira ngo hatagira Abisiraheli binjira. Nta muntu n’umwe washoboraga kwinjira cyangwa gusohoka.

2 Nuko Uhoraho abwira Yozuwe ati: “Nkugabije Yeriko n’umwami wayo n’ingabo zayo.

3 Wowe n’ingabo zose uyoboye mujye muzenguruka umujyi incuro imwe ku munsi, mu minsi itandatu.

4 Abatambyi barindwi bajye bagenda imbere y’Isanduku y’Isezerano, buri wese atwaye ihembe ry’impfizi y’intama ryo kuvuza. Ku munsi wa karindwi muzazenguruke umujyi incuro ndwi, abatambyi bavuza amahembe.

5 Nimwumva bayavugije mu ijwi rikuruye, ingabo zose zizakome urwamo. Inkuta zizengurutse umujyi zizahita ziritagurika maze ingabo zose zigabe igitero, buri wese yinjirire aho azaba ari.”

6 Nuko Yozuwe mwene Nuni ahamagara abatambyi arababwira ati: “Nimuheke Isanduku y’Isezerano ry’Uhoraho, maze barindwi muri mwe bayigende imbere batwaye amahembe.”

7 Hanyuma abwira ingabo ati: “Ngaho nimuzenguruke umujyi, abafite intwaro zikomeye bajye imbere y’Isanduku.”

8 Yozuwe amaze kuvuga atyo, ba batambyi barindwi batwaye amahembe bagenda bayavuza, abahetse Isanduku y’Isezerano ry’Uhoraho barabakurikira.

9 Ingabo zifite intwaro zikomeye zagendaga imbere y’abatambyi bavuzaga amahembe, izindi ngabo zigakurikira Isanduku. Uko bagendaga ni ko amahembe yagendaga avuga.

10 Yozuwe yari yategetse ingabo kudasakuza no kutagira icyo zivuga no kugenda bucece, kugeza ubwo azazibwirira kuvuza urwamo.

11 Nuko bazenguruka umujyi incuro imwe bahetse Isanduku y’Uhoraho, hanyuma bagaruka kurara mu nkambi.

12 Bukeye Yozuwe abyuka kare, maze abatambyi bongera guheka Isanduku y’Uhoraho.

13 Ingabo zifite intwaro zikomeye zifata iya mbere, zikurikirwa na ba batambyi barindwi bavuza amahembe, na bo bakurikirwa n’Isanduku y’Uhoraho ishagawe n’izindi ngabo. Uko bagendaga ni ko amahembe yagendaga avuga.

14 Kuri uwo munsi wa kabiri na bwo bazenguruka umujyi incuro imwe, hanyuma bagaruka kurara mu nkambi. Babigenza batyo iminsi itandatu.

15 Ku munsi wa karindwi babyuka mu museke, bazenguruka umujyi nk’uko basanzwe babigenza, ariko uwo munsi bawuzenguruka incuro ndwi.

16 Ku ncuro ya karindwi abatambyi bavugije amahembe, maze Yozuwe abwira ingabo ati: “Nimukome urwamo kuko Uhoraho yabagabije uyu mujyi!

17 Umujyi n’ibiwurimo byeguriwe burundu Uhoraho, uretse ya ndaya Rahabu n’abantu bose bari mu nzu yayo, kubera ko yahishe ba batasi twohereje.

18 Icyakora muzirinde kugira icyo musahura, kuko byose byeguriwe burundu Uhoraho. Mubisahuye byatuma murimbuka, ndetse n’Abisiraheli bari mu nkambi bakarimbuka.

19 Ifeza n’izahabu byose, n’ibintu byose bicuzwe mu muringa cyangwa mu cyuma ni iby’Uhoraho, bizashyirwe mu mutungo we.”

20 Nuko abatambyi bavuza amahembe, ingabo ziyumvise zikoma urwamo maze inkuta z’umujyi ziraritagurika. Abisiraheli bagaba igitero mu mujyi, buri wese yinjirira aho ari, maze bahita bawigarurira.

21 Bamarira ku icumu abari mu mujyi bose, abagabo n’abagore n’abana n’abasaza, ndetse bica n’inka n’intama n’indogobe, babyegurira batyo Uhoraho.

22 Yozuwe abwira ba batasi babiri ati: “Nimujye kwa wa mugore w’indaya, mumusohore we n’umuryango we wose nk’uko mwabimurahiye.”

23 Nuko ba batasi b’abasore baragenda baramuzana, hamwe n’ababyeyi be n’abavandimwe be, n’abo mu rugo rwe ndetse n’ab’umuryango we bose, babashyira hafi y’inkambi y’Abisiraheli.

24 Nuko ingabo z’Abisiraheli zitwika umujyi n’ibyari biwurimo byose, uretse ifeza n’izahabu, n’ibicuzwe mu muringa cyangwa mu cyuma byashyizwe mu mutungo w’Uhoraho.

25 Ariko Yozuwe yarokoye ya ndaya Rahabu na bene wabo bose n’abo mu rugo rwe bose, kubera ko yari yarahishe abatasi Yozuwe yari yarohereje gutata Yeriko. Nuko atura mu Bisiraheli, ndetse n’abamukomokaho baracyahatuye.

26 Icyo gihe Yozuwe yihanangiriza abantu ati:

“Umuntu wese uzongera kubaka uyu mujyi wa Yeriko, azavumwe n’Uhoraho.

Niyubaka imfatiro zawo azapfusha umwana we w’impfura,

nashinga ibikingi by’amarembo azapfusha umwana we w’umuhererezi.”

27 Uhoraho yakomeje kubana na Yozuwe, amuha kuba ikirangirire mu gihugu cyose.

Categories
Yozuwe

Yozuwe 7

Akani ahanirwa igicumuro cye

1 Abisiraheli babujijwe gusahura iby’i Yeriko kuko byeguriwe burundu Uhoraho, ariko si ko byagenze. Umuntu wo mu muryango wa Yuda witwa Akani mwene Karumi mwene Zabudi mwene Zera, yaracumuye asahura ku bintu byabuzanyijwe, bituma Uhoraho arakarira Abisiraheli.

2 Bakiri i Yeriko, Yozuwe yohereza abantu gutata akarere k’umujyi wa Ayi, uri mu burasirazuba bwa Beteli hafi ya Betaveni. Nuko bajyayo barahatata.

3 Bagarutse babwira Yozuwe bati: “Umujyi wa Ayi utuwe n’abantu bake, si ngombwa koherezayo ingabo zose. Ingabo ibihumbi bibiri cyangwa bitatu zirahagije, utiriwe woherezayo ingabo zose.”

4 Nuko hagenda ingabo nk’ibihumbi bitatu zitera Ayi ariko ziratsindwa.

5 Abaturage ba Ayi bazirukanira mu marembo barazirwanya bazigeza i Shebarimu, bazishora inkungugu barazimenesha. Abisiraheli nka mirongo itatu na batandatu bagwa muri iyo ntambara, maze abantu bashya ubwoba bacika intege.

6 Nuko Yozuwe n’abakuru b’Abisiraheli bashishimura imyambaro yabo, biyorera umukungugu ku mutwe kubera agahinda, bikubita hasi birirwa bubamye imbere y’Isanduku y’Uhoraho kugeza nimugoroba.

7 Nuko Yozuwe aravuga ati: “Mbe Nyagasani Uhoraho, kuki watwambukije Yorodani? Mbese kwari ukugira ngo utugabize Abamori baturimbure? Twari tumerewe neza hakurya ya Yorodani!

8 Ubu se Nyagasani navuga iki, ko Abisiraheli birukanywe n’abanzi babo?

9 Abanyakanāni n’abandi baturage b’iki gihugu nibabyumva, bazaduturuka impande zose badutsembe. Kuki utadukiza kugira ngo wiheshe icyubahiro?”

10 Uhoraho abwira Yozuwe ati: “Ngaho haguruka! Kuki wubamye hasi aho?

11 Abisiraheli baracumuye bica Isezerano nagiranye na bo, batwara kuri bya bintu byanyeguriwe. Barabyibye babihisha mu bintu byabo kandi barabihakana.

12 Ni cyo cyatumye badashobora guhangara abanzi babo ahubwo bakabahunga. Abisiraheli bakoze ibituma barimbuka, nanjye sinzakomeza kubashyigikira mutaratsemba muri mwe ibyo bintu.

13 None genda ubwire abantu uti: ‘Nimwitunganye kugira ngo ejo muzabe mwiteguye, kuko Uhoraho Imana y’Abisiraheli yavuze ko muri mwe hari uwatwaye ibintu byamweguriwe burundu. Ntimuzashobora gutsinda abanzi banyu igihe muzaba mutarabitsemba.

14 Ejo mu gitondo muzaze buri muryango ukwawo, umuryango Uhoraho azerekana uzaze buri nzu ukwayo, inzu azerekana izaze buri rugo ukwarwo, abantu bo mu rugo azerekana na bo bazaze umwe umwe.

15 Muri bo azerekana uwatwaye bya bintu byamweguriwe burundu. Uwo muntu azatwikanwe n’ibyo atunze byose kubera ko yishe Isezerano ry’Uhoraho, akaba yarakoreye ibiteye isoni mu Bisiraheli.’ ” Nuko Yozuwe abibwira Abisiraheli.

16 Bukeye Yozuwe arazinduka, ahamagara buri muryango w’Abisiraheli ukwawo, maze umuryango wa Yuda uba ari wo werekanwa.

17 Nuko ahamagara umuryango wa Yuda buri nzu ukwayo, maze herekanwa inzu ya Zera. Ahamagara inzu ya Zera buri rugo ukwarwo, maze herekanwa urugo rwa Zabudi.

18 Nuko ahamagara abo mu rugo rwa Zabudi umwe umwe, maze herekanwa Akani mwene Karumi mwene Zabudi, mwene Zera wo mu muryango wa Yuda.

19 Yozuwe aramubwira ati: “Mwana wanjye, ubaha Uhoraho Imana y’Abisiraheli maze umbwize ukuri, umbwire ibyo wakoze nta cyo umpishe.”

20 Akani aramusubiza ati: “Ni ukuri koko, ni jye wacumuye ku Uhoraho Imana y’Abisiraheli. Dore ibyo nakoze:

21 i Yeriko nahabonye umwambaro mwiza wo muri Babiloniya, n’ibiro bibiri by’ifeza na garamu magana atanu by’izahabu. Narabyifuje ndabitwara mbitaba mu ihema, ifeza ni zo ziri hasi.”

22 Yozuwe yohereza abantu, bariruka bajya mu ihema rya Akani basanga bya bintu bitabyemo, ifeza ari zo ziri hasi.

23 Nuko babisohora mu ihema babishyira Yozuwe n’Abisiraheli bose, babirambika imbere y’Uhoraho.

24 Yozuwe n’Abisiraheli bose bafata Akani ukomoka kuri Zera, bafata n’abahungu be n’abakobwa be babajyana mu gikombe cya Akori, hamwe na za feza na wa mwambaro na za zahabu, n’inka ze n’intama ze n’ihene ze n’indogobe ze, n’ihema rye n’ibintu byose yari atunze.

25 Nuko Yozuwe abwira Akani ati: “Dore ni wowe waduteje ibyago! None rero ubu nawe Uhoraho agiye kuguteza ibyago.”

Nuko Abisiraheli bose bamwicisha amabuye hamwe n’abe bose, babatwikana n’ibyo yari atunze byose. Babarundaho amabuye,

26 kugeza ubwo bahakoze ikirundo kinini cy’amabuye, kikiriho na n’ubu. Nyuma y’ibyo uburakari bw’Uhoraho burashira. Kubera ibyo byago, aho hantu hitwa igikombe cya Akori.

Categories
Yozuwe

Yozuwe 8

Abisiraheli bigarurira umujyi wa Ayi

1 Uhoraho abwira Yozuwe ati: “Witinya kandi wicika intege. Hagurukana n’ingabo zawe zose mutere umujyi wa Ayi, nzawubagabiza kimwe n’umwami wawo n’ingabo ze n’ako karere kose.

2 Uzagenze uwo mujyi n’umwami wawo nk’uko wagenje Yeriko n’umwami wayo, uretse ko muzijyanira amatungo n’ibintu biwurimo. Ohereza ingabo zūbikirire inyuma y’umujyi.”

3 Nuko Yozuwe n’ingabo ze zose bitegura kujya gutera Ayi. Atoranya abagabo b’intwari ibihumbi mirongo itatu, kugira ngo abohereze nijoro.

4 Arabategeka ati: “Nimujye kūbikirira inyuma y’umujyi ariko ntimujye kure, kandi mwese mube mwiteguye.

5 Naho jyewe n’ingabo tuzaba turi kumwe, tuzegera umujyi. Nibasohoka baje kuturwanya nka mbere, tuzabahunga.

6 Nibabibona bazibwira ko tubahunze nka mbere, maze tuboshyoshye basohoke mu mujyi badukurikire.

7 Nuko mwebwe muzava aho mwihishe mwigarurire umujyi, kuko Uhoraho Imana yanyu azawubagabiza.

8 Nimumara kuwigarurira, muzawutwike nk’uko Uhoraho yabitegetse. Ngibyo ibyo muzakurikiza.”

9 Nuko Yozuwe arabohereza, bajya kūbikirira iburengerazuba bwa Ayi, hagati yayo n’i Beteli. Yozuwe arara hamwe n’ingabo zisigaye.

10 Bukeye arazinduka akoranya ingabo ze, maze we n’abakuru b’Abisiraheli barangaza imbere y’ingabo, bazamuka bagana ku mujyi wa Ayi.

11 Barakomeza bagera hafi y’umujyi, bashinga amahema mu majyaruguru yawo, hagati yawo na bo haciyemo igikombe.

12 Nuko Yozuwe atoranya ingabo zagera nko ku bihumbi bitanu, azitegeka kūbikirira iburengerazuba bwa Ayi, hagati yayo n’i Beteli.

13 Umugabane munini w’ingabo usigara muri iyo nkambi, izindi zijya kūbikirira iburengerazuba bw’umujyi. Nijoro Yozuwe n’ingabo bari kumwe bamanuka mu gikombe.

14 Mu gitondo kare umwami wa Ayi ababonye, yihutira gusohoka mu mujyi ari kumwe n’ingabo ze zose, kugira ngo barwanyirize Abisiraheli ahateganye n’ikibaya cya Yorodani. Umwami wa Ayi ntiyari azi ko hari abandi Bisiraheli būbikiriye inyuma y’umujyi.

15 Yozuwe n’Abisiraheli bigira nk’abaneshejwe, maze bahungira mu nzira igana ahantu hadatuwe mu kibaya cya Yorodani.

16 Ingabo zose za Ayi zihabwa itegeko ryo kwirukana Abisiraheli. Bityo Yozuwe arazoshyoshya zigera kure y’umujyi.

17 Nta mugabo n’umwe wasigaye muri Ayi cyangwa muri Beteli, kuko bose bari bagiye kwirukana Abisiraheli, basiga amarembo y’umujyi wa Ayi arangaye.

18 Nuko Uhoraho abwira Yozuwe ati: “Tunga icumu ryawe ku mujyi wa Ayi kuko nywubagabije.” Yozuwe abigenza atyo.

19 Yabaye akirambura ukuboko, Abisiraheli bari būbikīye baravumbuka, biruka bajya mu mujyi barawigarurira, barawutwika.

20 Umwotsi uracucumuka utumbagira mu kirere. Ingabo za Ayi zishubije amaso inyuma zirawubona, zishaka guhunga, ariko zibura aho zihungira. Abisiraheli bari bahunze bagana ahantu hadatuwe, barazihindukirana.

21 Yozuwe n’Abisiraheli na bo babonye ko bagenzi babo bamaze gutwika umujyi, basubirana inyuma ingabo za Ayi, barazirwanya.

22 Ba Bisiraheli bandi bava mu mujyi na bo bajya kuzirwanya, bazigotera hagati yabo, bazimarira ku icumu. Ntihagira n’umwe urokoka cyangwa ushobora guhunga.

23 Umwami wa Ayi bamufata mpiri, bamuzanira Yozuwe.

24 Abisiraheli bica ingabo zose za Ayi zari zabirukanye zikabageza ha hantu hadatuwe, bazimarira ku icumu ku gasozi. Nuko basubira mu mujyi batsemba abaturage basigaye.

25 Uwo munsi bishe abantu bose bo muri Ayi b’abagabo n’abagore, uko ari ibihumbi cumi na bibiri.

26 Yozuwe yakomeje gutunga icumu kuri Ayi, kugeza ubwo bica abaturage baho bose.

27 Abisiraheli batwaye iminyago y’amatungo n’ibintu babonye muri uwo mujyi, nk’uko Uhoraho yari yabitegetse Yozuwe.

28 Uko ni ko Yozuwe yatwitse Ayi ayihindura umuyonga. Kugeza n’ubu iracyari amatongo.

29 Amanika umwami wa Ayi ku giti, umurambo we urahirirwa kugeza nimugoroba. Igihe izuba rirenga, Yozuwe ategeka ko bawumanura bakawujugunya imbere y’irembo ry’umujyi, bakawurundaho ikirundo kinini cy’amabuye kikiriho na n’ubu.

Abisiraheli bongera gusomerwa Amategeko

30 Hanyuma Yozuwe yubakira Uhoraho Imana y’Abisiraheli urutambiro ku musozi wa Ebali.

31 Arwubakisha amabuye atabājwe, akurikije amabwiriza Musa umugaragu w’Uhoraho yari yarahaye Abisiraheli, akanandikwa mu gitabo cy’Amategeko ya Musa. Barutambiriraho Uhoraho ibitambo bikongorwa n’umuriro n’iby’umusangiro.

32 Nuko Yozuwe ahashinga amabuye Abisiraheli babireba, ayandukuriraho Amategeko yanditswe na Musa.

33 Abisiraheli bose, ari abakuru ari abatware ari abacamanza ari rubanda, hamwe n’abanyamahanga bari kumwe na bo, bigabanyamo amatsinda abiri, rimwe rijya ku musozi wa Gerizimu, irindi ku wa Ebali. Abalevi b’abatambyi bahetse Isanduku y’Isezerano ry’Uhoraho, bahagarara hagati yabo babasabira umugisha, nk’uko Musa umugaragu w’Uhoraho yari yarabitegetse.

34 Nuko Yozuwe asoma amagambo yose yanditswe mu gitabo cy’Amategeko, arimo n’ibyerekeye imigisha n’imivumo.

35 Nta jambo na rimwe mu yo Musa yategetse Yozuwe atasomeye Abisiraheli bose, barimo abagore n’abana n’abanyamahanga bari kumwe na bo.

Categories
Yozuwe

Yozuwe 9

Abisiraheli bagirana amasezerano n’Abanyagibeyoni

1 Abami bose bo mu burengerazuba bwa Yorodani, ari abari batuye mu misozi miremire n’abo mu migufi, n’abo mu kibaya cy’Inyanja ya Mediterane kugeza ku bisi bya Libani, bumva ibyo Abisiraheli bakoze. Nuko abo bami b’Abaheti n’Abamori n’Abanyakanāni, n’Abaperizi n’Abahivi n’Abayebuzi,

2 bishyira hamwe ngo barwanye Yozuwe n’Abisiraheli.

3 Naho abatuye Gibeyoni bumvise uko Yozuwe yagenje Yeriko na Ayi,

4 bakoresha ubucakura bariyoberanya, bahekesha indogobe zabo imifuka ishaje n’impago z’impu zishaje zacikaguritse kandi ziteyemo ibiremo zijyamo divayi,

5 bambara n’inkweto zishaje ziteye ibiraka n’imyambaro y’ubushwambagara, bajyana n’impamba y’imigati yumagaye kandi ivungaguritse.

6 Nuko bajya mu nkambi y’i Gilugali, babwira Yozuwe n’Abisiraheli bati: “Duturutse mu gihugu cya kure, tuje kubasaba kugirana namwe amasezerano.”

7 Abisiraheli basubiza abo Bahivi b’i Gibeyoni bati: “Twabwirwa n’iki ko mudatuye hafi aha, kugira ngo tubone kugirana namwe amasezerano?”

8 Babwira Yozuwe bati: “Erega turi abagaragu bawe!”

Yozuwe na we arababaza ati: “Ariko se ubundi muri bande, kandi muraturuka he?”

9 Baramusubiza bati: “Twebwe abagaragu bawe, duturutse mu gihugu cya kure cyane. Twumvise ibyo Uhoraho Imana yawe yakoreye mu Misiri byose,

10 n’ibyo yakoreye abami babiri b’Abamori bo hakurya ya Yorodani, ari bo Sihoni umwami wari utuye i Heshiboni na Ogi umwami wa Bashani wari utuye Ashitaroti.

11 None rero abakuru bacu n’abatuye igihugu cyacu bose batubwiye ngo dufate impamba, tuze kubonana namwe kugira ngo tubabwire tuti: ‘Turi abagaragu banyu, nimutwemerere tugirane namwe amasezerano.’

12 Nimwirebere namwe imigati yacu! Ubwo twayihambiraga duturutse iwacu tuje ino yari igishyushye, none dore yarumagaye kandi yaravungaguritse!

13 Nimwirebere kandi n’izi mpago z’impu! Ubwo twazuzuzaga divayi zari zikiri nshya, none dore zaracikaguritse! Imyambaro yacu n’inkweto zacu na byo ni imishire kubera urugendo rurerure twakoze.”

14 Abisiraheli bemezwa n’impamba z’abo Banyagibeyoni, batagishije Uhoraho inama.

15 Yozuwe agirana na bo amasezerano y’amahoro, anabasezeranya kutazabica. Abayobozi b’ikoraniro ry’Abisiraheli na bo babyemeza bakoresheje indahiro.

16 Hashize iminsi itatu bamaze kugirana na bo ayo masezerano, Abisiraheli bamenya ko Abanyagibeyoni batuye hafi aho.

17 Uwo munsi wa gatatu bahita bajya aho abo bantu bari batuye, mu mijyi ya Gibeyoni na Kefira na Bēroti na Kiriyati-Yeyarimu.

18 Ntibabatera kuko abo bayobozi bari barahiye mu izina ry’Uhoraho Imana y’Abisiraheli kutazabica, ariko rubanda bitotombera abayobozi babo.

19 Na bo babwira rubanda bati: “Ntidushobora kugirira nabi bariya bantu, kuko twabibarahiye mu izina ry’Uhoraho Imana y’Abisiraheli.

20 Tugomba rero kubareka bakiberaho kubera iyo ndahiro, kugira ngo tutikururira uburakari bw’Uhoraho. Icyakora dore uko tuzabigenza:

21 tuzabihorera, ariko bazajya badutahiriza inkwi batuvomere n’amazi.” Rubanda bemera iyo nama y’abayobozi babo.

22 Nuko Yozuwe atumiza Abanyagibeyoni arababaza ati: “Kuki mwatubeshye ngo muturutse kure kandi mutuye bugufi?

23 Kuva ubu muravumwe, muzahora mu buja, muzajya mutashya inkwi muvome n’amazi byo gukoreshwa mu Nzu y’Imana yanjye.”

24 Abanyagibeyoni baramusubiza bati: “Databuja, icyatumye tubigenza dutyo, ni uko twumvise ko Uhoraho Imana yawe yategetse umugaragu we Musa kubahesha iki gihugu cyose, no gutsemba abagituyemo bose uko muzagenda mucyigarurira. Ibyo byatumye dutinya cyane ko muzatwica.

25 None ubu turi mu maboko yawe, icyo ubona gikwiriye kandi kigutunganiye ube ari cyo udukorera.”

26 Yozuwe abagenzereza nk’uko yababwiye, abakiza Abisiraheli ntibabica.

27 Kuva uwo munsi Yozuwe abashinga imirimo yo gutashya inkwi no kuvoma amazi y’Abisiraheli, no kubikorera aho Uhoraho azitoranyiriza kugira ngo hashyirwe urutambiro rwe. Abanyagibeyoni baracyakora iyo mirimo kugeza na n’ubu.

Categories
Yozuwe

Yozuwe 10

Yozuwe atabara Abanyagibeyoni

1 Adonisedeki umwami w’i Yeruzalemu, amenya ko Yozuwe yigaruriye umujyi wa Ayi akawurimbura wose n’umwami wawo, nk’uko yagenje Yeriko n’umwami wayo. Amenya kandi ko Abanyagibeyoni bari bagiranye amasezerano y’amahoro n’Abisiraheli bakaba babana na bo.

2 Izo nkuru zikura umutima ab’i Yeruzalemu, kuko Gibeyoni wari umujyi munini umeze nk’imirwa ituwemo n’abami, warutaga Ayi kandi abawutuyemo bari intwari.

3 Nuko Adonisedeki atuma kuri Hohamu umwami w’i Heburoni, na Piramu umwami w’i Yarimuti, na Yafiya umwami w’i Lakishi, na Debiri umwami wa Eguloni agira ati:

4 “Nimuze mumfashe dutere Abanyagibeyoni, kuko bagiranye amasezerano y’amahoro na Yozuwe n’Abisiraheli.”

5 Nuko abo bami batanu b’Abamori, uw’i Yeruzalemu n’uw’i Heburoni n’uw’i Yarimuti, n’uw’i Lakishi n’uwa Eguloni bishyira hamwe, bagaba igitero n’ingabo zabo zose maze bagota Gibeyoni barayirwanya.

6 Nuko Abanyagibeyoni batuma kuri Yozuwe aho yari ari mu nkambi y’i Gilugali bati: “Databuja, tugoboke ntudutererane, tebuka vuba udutabare udukize! Dore abami bose b’Abamori batuye mu misozi bishyize hamwe kugira ngo baturwanye.”

7 Yozuwe ahaguruka i Gilugali n’ingabo ze zose zirimo abagabo bose b’intwari.

8 Uhoraho aramubwira ati: “Ntibagukange! Ngiye kubakugabiza bose, nta n’umwe muri bo uzashobora kuguhangara.”

9 Yozuwe n’ingabo ze bava i Gilugali, bagenda nijoro batera Abamori babatunguye.

10 Uhoraho atuma Abamori bacikamo igikuba, maze Abisiraheli babakubitira incuro i Gibeyoni, barabirukana banyura ahagana i Betihoroni, barabamenesha babageza Azeka n’i Makeda.

11 Igihe Abamori bahungaga Abisiraheli, bamanuka i Betihoroni kugera Azeka, Uhoraho abagushaho amahindu manini. Ayo mahindu yarabacocaguye, yica abantu benshi baruta abishwe n’Abisiraheli.

12 Uwo munsi ubwo Uhoraho yagabizaga Abamori ingabo z’Abisiraheli, Yozuwe ari kumwe n’Abisiraheli yasenze Uhoraho. Yaravuze ati:

“Zuba, hagarara hejuru ya Gibeyoni!

Nawe kwezi, hagarara hejuru y’akabande ka Ayaloni!”

13 Izuba ryahise rihagarara,

ukwezi ntikwakomeza kugenda,

Abisiraheli barihōrera batsinda abanzi babo.

Ni ko byanditse mu gitabo cya Yashari.

Izuba ryahagaze ku ijuru umunsi wose, ntiryakomeza urugendo ngo rirenge.

14 Uhoraho yabigenje atyo kubera umuntu wabimusabye. Haba mbere cyangwa nyuma, nta munsi nk’uwo wigeze ubaho. Uhoraho ubwe yarwaniraga Abisiraheli!

Yozuwe yica abami batanu b’Abamori

15 Yozuwe n’Abisiraheli bose batarasubira mu nkambi y’i Gilugali,

16 ba bami batanu b’Abamori bari bahunze bihishe mu buvumo bw’i Makeda.

17 Abantu babimenye bajya kubibwira Yozuwe,

18 na we ategeka abantu be ati: “Nimugende muhirikire ibibuye binini ku muryango w’ubuvumo, mushyireho n’abarinzi.

19 Ariko ntimuhatinde, ahubwo mukurikirane abanzi banyu mwice abasigaye inyuma bose, ntimutume bagera mu mijyi yabo. Uhoraho Imana yanyu yarababagabije!”

20 Nuko Yozuwe n’Abisiraheli bakubita incuro Abamori babatsinda uruhenu, bake gusa bacitse ku icumu ni bo bashoboye gusubira mu mijyi ntamenwa.

21 Hanyuma Abisiraheli bisubirira iruhande rwa Yozuwe mu nkambi yari hafi y’i Makeda, ari nta muntu n’umwe utinyutse kugira icyo abavugaho.

22 Yozuwe ategeka ko bavana bya bibuye ku muryango w’ubuvumo, bagakuramo ba bami batanu bakabamuzanira.

23 Nuko bamuzanira umwami w’i Yeruzalemu n’uw’i Heburoni n’uw’i Yarimuti, n’uw’i Lakishi n’uwa Eguloni.

24 Abo bami bakimugera imbere, Yozuwe akoranya Abisiraheli bose maze abwira abagaba b’ingabo bose bari kumwe na we ati: “Nimuze mukandagire aba bami ku gakanu!” Nuko babigenza batyo.

25 Yozuwe abwira Abisiraheli ati: “Uko ni ko Uhoraho azagenza abanzi bose muzarwanya. None rero ntimugatinye kandi ntimugacike intege, nimukomere mube intwari!”

26 Nyuma y’ibyo, Yozuwe yica abo bami abamanika ku biti bitanu, imirambo yabo irahirirwa kugeza nimugoroba.

27 Izuba rirenze ategeka ko bamanura imirambo, bakayijugunya muri bwa buvumo bari bihishemo, bakabukingisha ibibuye binini. Na n’ubu biracyahari.

Abisiraheli bigarurira amajyepfo ya Kanāni

28 Uwo munsi kandi Yozuwe yigaruriye umujyi wa Makeda, yica umwami waho n’abaturage baho bose, ntihasigara n’uwo kubara inkuru. Yagenje umwami w’i Makeda nk’uko yagenje uw’i Yeriko.

29 Yozuwe n’Abisiraheli bavuye i Makeda batera Libuna.

30 Uhoraho abagabiza uwo mujyi, bica n’umwami waho n’abaturage baho bose, ntihasigara n’uwo kubara inkuru. Bagenje umwami waho nk’uko bagenje uw’i Yeriko.

31 Yozuwe n’Abisiraheli bavuye i Libuna bajya Lakishi, barayigota barayitera.

32 Ku munsi wa kabiri w’imirwano, Uhoraho abagabiza Lakishi bica abaturage baho bose, nk’uko babigenje i Libuna.

33 Horamu umwami w’i Gezeri atabara umujyi wa Lakishi, ariko we n’ingabo ze Yozuwe abakubita incuro arabica, ntihasigara n’uwo kubara inkuru.

34 Yozuwe n’Abisiraheli bavuye i Lakishi bajya Eguloni, barayigota barayitera.

35 Uwo munsi bigarurira uwo mujyi, bica abaturage baho bose nk’uko babigenje i Lakishi.

36 Yozuwe n’Abisiraheli bavuye Eguloni, bazamukana Heburoni barayitera.

37 Nuko barayigarurira, bica umwami waho n’abaturage baho bose n’abo mu mijyi yo muri ako karere. Batsembye Heburoni ntihasigara n’uwo kubara inkuru nk’uko babigenje Eguloni.

38 Yozuwe n’Abisiraheli bahavuye batera Debiri.

39 Nuko barayigarurira, bica umwami n’abaturage baho bose n’abo mu mijyi yo muri ako karere, nk’uko bagenje i Heburoni n’i Libuna n’umwami waho. Batsembye Debiri ntihasigara n’uwo kubara inkuru.

40 Yozuwe yigarurira icyo gice cyose cy’igihugu, kigizwe n’imisozi miremire n’imigufi, n’ahakikiye Ikiyaga cy’Umunyu kugera mu majyepfo ya Kanāni. Yica abami baho bose n’abaturage bose, ntihasigara n’uwo kubara inkuru. Bose yarabatsembye nk’uko Uhoraho Imana y’Abisiraheli yabitegetse.

41 Yozuwe abatsinda ahereye mu majyepfo i Kadeshi-Barineya n’i Gaza, no mu karere gakikije umujyi wa Gosheni, ageza n’i Gibeyoni.

42 Yozuwe yigarurira icyo gice cyose cy’igihugu n’abami baho mu gitero kimwe, kuko Uhoraho Imana y’Abisiraheli ubwe yabarwaniriraga.

43 Hanyuma Yozuwe n’Abisiraheli bose basubira mu nkambi y’i Gilugali.