Categories
Yoweli

Yoweli 1

1 Ubutumwa Uhoraho yahaye Yoweli mwene Petuweli.

Icyorezo cy’inzige n’icy’amapfa

2 Mwa basaza mwe, nimwumve iki kibazo,

mwa batuye iki gihugu mwese mwe, nimutege amatwi.

Ese icyorezo nk’iki cyigeze kibaho mu gihe cyanyu?

Mbese cyigeze kibaho mu gihe cya ba sokuruza?

3 Nimubitekerereze abana banyu,

na bo bazabitekerereze abana babo,

abana babo na bo bazabitekerereze abo bazabyara.

4 Imyaka itatsembwe n’inzige yatsembwe n’isanane,

itatsembwe n’isanane yatsembwe n’ubuzikira,

itatsembwe n’ubuzikira yatsembwe n’ibihōre.

5 Mwa basinzi mwe, nimusinduke murire,

mwa banywi ba divayi mwe, nimuboroge,

divayi nshya igiye kubura.

6 Amarumbu y’inzige yateye igihugu cyacu,

ntizicogora kandi ntizibarika.

Amenyo yazo ni nk’ay’intare,

imikaka yazo ni nk’iy’intare y’ingore.

7 Zatsembye imizabibu yacu,

zakokoye ibiti byacu by’imitini,

zarayishishuye amashami asigara yererana.

8 Ngaho nimuboroge nk’umwari uboroga,

uhogojwe n’uko yapfushije umugabo yari kuzashyingirwa.

9 Amaturo y’ibinyampeke n’amaturo asukwa yarabuze,

abantu ntibakibona n’ayo bazana mu Ngoro y’Uhoraho,

abatambyi bakorera Uhoraho baraboroga.

10 Dore imirima yarononekaye,

ubutaka bwarakakaye,

ingano zaragwingiye,

divayi nshya ntikiboneka,

amavuta y’iminzenze na yo yarabuze.

11 Mwa bahinzi mwe, nimwihebe,

abahinga imizabibu, nimuboroge.

Nimuboroge kubera ko ingano zanyu za nkungu zarumbye,

iza bushoki kimwe n’imyaka yose yo mu mirima na byo ni uko.

12 Imizabibu yarumye,

ibiti by’imitini byararabiranye,

ibiti by’imikomamanga n’imikindo n’iby’amapera na byo ni uko,

ibiti byose byo mu mirima byarumye.

Bityo nta byishimo bikirangwa mu bantu.

Gutakambira Uhoraho no kwigomwa kurya

13 Mwa batambyi mwe mushinzwe iby’urutambiro rw’Uhoraho,

mwebwe mukorera Imana yacu,

nimwambare imyambaro igaragaza akababaro,

nimurire muboroge.

Nimukeshe ijoro mwambaye iyo myambaro,

dore amaturo y’ibinyampeke n’amaturo asukwa yarabuze,

ntagihinguka mu Ngoro y’Imana yanyu.

14 Nimutangaze igihe cyo kwigomwa kurya,

nimuhamagaze abantu baze mu ikoraniro ryeguriwe Imana.

Nimukoranye abakuru n’abatuye mu gihugu bose,

bateranire mu Ngoro y’Uhoraho Imana yanyu,

mwese nimutakambire Uhoraho.

Umunsi w’Uhoraho

15 Umunsi w’Uhoraho uregereje,

mbega umunsi uteye ubwoba!

Uwo munsi uzaza ari kirimbuzi giturutse ku Mana Nyirububasha.

16 Dore ibyari bidutunze ntibikiboneka,

ibyishimo n’umunezero ntibikirangwa mu Ngoro y’Imana yacu.

17 Imbuto zumiye mu mayogi,

ingano zaragwingiye,

ibigega birimo ubusa,

imitiba na yo yarasenyutse.

18 Nimwumve ngo amatungo araboroga!

Amatungo maremare yabuze inzuri,

arakubita hirya no hino,

amatungo magufi na yo arenda gupfa.

Yoweli atakambira Uhoraho

19 Uhoraho, ni wowe ntakambira!

Dore umuriro watwitse inzuri zo mu cyanya,

inkongi y’umuriro yatsembye ibiti byose byo mu gasozi.

20 Inyamaswa ni wowe zitezeho amakiriro,

dore imigezi yarakamye,

umuriro na wo watwitse inzuri zo mu cyanya.

Categories
Yoweli

Yoweli 2

Umunsi w’Uhoraho n’igitero cy’inzige

1 Nimuvugirize ihembe i Siyoni,

nimuvugirize induru kuri uwo musozi Uhoraho yitoranyirije.

Abatuye mu gihugu bose nibahinde umushyitsi,

dore umunsi w’Uhoraho uregereje,

koko uradusatiriye cyane.

2 Ni umunsi w’umwijima n’icuraburindi,

ni umunsi urimo ikibunda n’ibihu.

Dore igitero cy’inzige kiraje,

ni nyinshi cyane kandi ziteye ubwoba,

zije zimeze nk’umuseke weya mu mpinga z’imisozi.

Kuva kera ibyo ntibyigeze bibaho,

nta n’ubwo bizongera kubaho ukundi.

3 Aho zigeze zihatsemba nk’umuriro,

aho zinyuze zisiga zihayogoje nk’inkongi y’umuriro.

Aho zitaragera haba hameze nka bwa busitani bwa Edeni,

aho zinyuze hasigara ari imbuga,

ntizigira icyo zisiga.

4 Ubwazo zisa n’amafarasi,

zihuta nk’amafarasi yiruka.

5 Iyo ziturutse mu mpinga z’imisozi,

ugira ngo ni umuriri w’amagare y’intambara,

ni nk’umuriri w’umuriro ukongora ibishakashaka.

Ni nk’ingabo z’intwari zakereye kugaba igitero.

6 Aho zihingutse abantu bamarwa n’ubwoba,

abazibonye bose barasuherwa.

7 Izo nzige zihuta nk’ingabo z’intwari,

zurira urukuta nk’abarwanyi kabuhariwe,

zose zigenda ziromboreje,

ntiziteshuka inzira yazo.

8 Nta ruzige rubyiga urundi,

buri ruzige ruromboreza inzira yarwo.

Ziroha ku bizikoma imbere zikabinyuraho,

ntakibasha kuzitatanya.

9 Ziroha mu mijyi,

ziruka ku nkuta zayo,

zinjira mu mazu,

zinyura mu madirishya nk’abajura.

10 Isi iratigise kubera izo nzige,

ijuru rirahungabanye.

Zituma izuba n’ukwezi bicura umwijima,

inyenyeri na zo ntizikimurika.

11 Uhoraho arangaje imbere y’inzige ari zo ngabo ze,

arangurura ijwi nk’iry’inkuba,

ingabo zisohoza ibyo ategetse ni nyinshi kandi zirakomeye.

Koko umunsi w’Uhoraho urakomeye kandi uteye ubwoba cyane!

Erega ntawe uzabasha kuwurokoka!

Kugarukira Uhoraho

12 Uhoraho aravuga ati:

“Ngaho nimungarukire mubikuye ku mutima,

nimwigomwe kurya, murire muboroge.”

13 Erega aho gushishimura imyambaroyanyu,

nimugaragaze ko mwihannye.

Nimugarukire Uhoraho Imana yanyu,

erega agira imbabazi n’impuhwe,

atinda kurakara kandi yuje urukundo,

arigarura ntateze abantu ibyago!

14 Ahari Uhoraho Imana yanyu yakwisubiraho,

ahari yakwigarura akabaha umusaruro utubutse,

bityo muzabona amaturo y’ibinyampeke n’amaturo asukwa yo kumutura.

15 Nimuvugirize impanda i Siyoni,

nimutangaze igihe cyo kwigomwa kurya,

nimuhamagaze abantu baze mu ikoraniro ryeguriwe Imana.

16 Nimukoranye rubanda rwose,

nimutangaze ikoraniro ryeguriwe Imana.

Nimukoranye abasaza barizemo,

nimuhamagaze urubyiruko n’abana bakiri ku ibere,

umukwe n’umugeni baherutse gushyingiranwa na bo nibaze.

17 Abatambyi bakorera Uhoraho nibarire,

baririre hagati y’umuryango w’Ingoro n’urutambiro,

nibamutakambire bagira bati:

“Uhoraho, twebwe ubwoko bwawe utugirire impuhwe,

twebwe umwihariko wawe ntiwemere ko dusuzugurwa,

abanyamahanga be kutugira iciro ry’imigani,

be kuvuga mu mahanga bati:

‘Imana yabo yabamariye iki?’ ”

Uhoraho yita ku gutakamba k’ubwoko bwe

18 Uhoraho yakundwakaje igihugu cye,

ubwoko bwe yabugiriye impuhwe.

19 Yumvise gutakamba k’ubwoko bwe,

arabubwira ati:

“Dore ngiye kubahesha ingano na divayi nshya n’amavuta y’iminzenze,

bityo muzagira ibibasagutse.

Sinzongera kwemera ko abanyamahanga babasuzugura.

20 Nzirukana inzigezibatera ziturutse mu majyaruguru,

nzazihashya zihungire mu butayu bw’agasi,

izo mu cyiciro cy’imbere nzaziroha mu Kiyaga cy’Umunyu,

naho izo mu cyiciro cy’inyuma nzirohe mu Nyanja ya Mediterane.

Intumbi z’izo nzige zizanuka,

umunuko wazo uzuzura ikirere.

Nzazitsemba kuko zakabije kugira nabi.

21 “Wa butaka we, wikwiheba,

ahubwo ishime unezerwe kuko jyewe Uhoraho nakoze ibihambaye.

22 Mwa nyamaswa mwe, mwikwiheba,

dore inzuri zo mu cyanya zitangiye gutoha,

ibiti bihunzeho imbuto ziribwa,

imitini n’imizabibu na byo birarumbutse cyane.

23 “Mwa batuye i Siyoni mwe, namwe nimunezerwe,

nimunyishimire jyewe Uhoraho Imana yanyu.

Dore nabahaye imvura y’umuhindo ku rugero rukwiye,

nabavubiye imvura y’umuhindo n’iy’itumba nk’uko bisanzwe.

24 Imbuga muhuriraho zizuzura ingano,

ibibindi mudahiramo bizasendera divayi nshya,

bizasendera n’amavuta y’iminzenze.

25 Nzabashumbusha ibyariwe n’inzige kumara ya myaka yose,

nzabashumbusha ibyariwe n’isanane n’ubuzikira n’ibihore,

izo ni zo ngabo zanjye zikomeye nabateje.

26 Muzajya murya mwijute,

jyewe Uhoraho Imana yanyu muzansingiza,

muzansingiza kubera ibitangaza nabakoreye,

mwebwe ubwoko bwanjye ntimuzongera gukorwa n’isoni.

27 Mwa Bisiraheli mwe, muzamenya ko mba hagati muri mwe,

muzamenya ko jyewe Uhoraho ndi Imana yanyu,

nta yindi Mana ibaho.

Koko mwebwe ubwoko bwanjye ntimuzongera gukorwa n’isoni.”

Categories
Yoweli

Yoweli 3

Uhoraho azasuka Mwuka we ku bantu bose

1 Uhoraho aravuga ati:

“Hanyuma y’ibyo nzasuka Mwuka wanjye ku bantu bose,

abahungu banyu n’abakobwa banyu bazahanura,

abasaza bo muri mwe bazabonekerwa mu nzozi,

abasore banyu na bo bazagira iyerekwa.

2 Icyo gihe nzasuka Mwuka wanjye no ku bagaragu no ku baja.

3 Nzerekana ibitangaza ku ijuru no ku isi,

hazaboneka amaraso n’umuriro n’umwotsi ucucumuka.

4 Izuba rizijima,

ukwezi kuzasa n’amaraso,

umunsi w’Uhoraho uzaba utaragera,

wa munsi ukomeye kandi uteye ubwoba.”

5 Umuntu wese uzatakambira Uhoraho azakizwa.

Koko nk’uko Uhoraho yabivuze,

hazagira abasigara ku musozi wa Siyoni n’ahandi muri Yeruzalemu,

abo Uhoraho azatoranya bazarokoka.

Categories
Yoweli

Yoweli 4

Uhoraho azaburanya amahanga

1 Uhoraho aravuga ati:

“Koko icyo gihe, ndetse muri iyo minsi,

igihugu cy’u Buyuda nzagisubiza ishya n’ihirwe,

umurwa wacyo wa Yeruzalemu na wo ni uko.

2 Nzakoranya abantu bo mu mahanga yose,

nzabazana mu kibaya nzaciramo urubanza.

Aho ni ho nzaburanira na bo,

nzabashinja ibyo bagiriye Abisiraheli ubwoko bwanjye bw’umwihariko.

Abanyamahanga batatanyirije Abisiraheli mu bindi bihugu,

bityo bigabanya igihugu cyanjye.

3 Bigabanyije abantu banjye bakoresheje ubufindo,

bagurishije abana b’abahungu,

bityo babona ibyo bahonga indaya,

bagurishije n’abana b’abakobwa,

bityo babona ibyo banywera inzoga.

4 Mwa batuye umujyi wa Tiri n’uwa Sidoni mwe,

namwe abatuye uturere twose tw’u Bufilisiti,

ni kuki mundwanya?

Nta kibi nabakoreye cyatuma mungirira ibyo,

nimubingirira sinzatinzamo nzahita mbibitura.

5 Dore mwantwaye ifeza n’izahabu,

mwantwaye n’ibintu byiza bifite agaciro,

mwabijyanye mu ngoro z’imana zanyu.

6 Abatuye igihugu cy’u Buyuda,

n’abatuye umurwa wacyo wa Yeruzalemu,

mwabagurishije n’Abagereki,

bityo mubatesha igihugu cyabo.

7 Dore ngiye kubakura aho mwari mwarabagurishije,

ibibi mwabagiriye nzabibitura.

8 Abahungu banyu n’abakobwa banyu nzatuma bagurwa n’Abayuda,

Abayuda na bo bazabagurura n’Abashebab’iyo giterwa inkingi.”

Uko ni ko Uhoraho avuga.

Urugamba n’urubanza ruzacibwa

9 Nimutangaze ibi mu mahanga mugira muti

“Nimwitegure intambara muhagurutse ingabo,

abasirikari bose nibiyegeranye bagabe igitero.

10 Amasuka yanyu nimuyacuremo inkota,

imihoro yanyu na yo muyicuremo amacumu,

ndetse n’umunyabwoba niyivuge agira ati:

‘Ndi intwari!’

11 Mwa mahanga yose adukikije mwe, nimuze,

nimwihutemukoranire muri cya kibaya.”

Uhoraho, ohereza ingabo zawe zimanuke zibatere!

12 Uhoraho aravuga ati:

“Abatuye ibihugu by’amahanga nibahaguruke,

nibaze mu kibaya nzaciramo urubanza.

Aho ni ho nzicara ku ntebe y’ubucamanza,

nzacira urubanza amahanga yose akikije u Buyuda.

13 Koko yakabije ubugome,

nimuyahuremo umuhoro muyateme,

nk’uko umuntu atema amasaka yeze.

Nimuhonyore amahanga nk’uhonyorera imizabibu mu muvure,

kugeza ubwo ibibindi bidahirwamo umutobe bisendera.”

14 Dore abantu ibihumbi n’ibihumbi,

bazaba bakoraniye muri cya kibaya Uhoraho azakemuriramo imanza,

koko umunsi w’Uhoraho uzaba wegereje.

15 Izuba n’ukwezi bicuze umwijima,

inyenyeri na zo ntizikimurika.

16 Uhoraho avugiye i Siyoni,

yumvikanye nk’intare itontoma,

yumvikanira i Yeruzalemu nk’inkuba ihinda,

ijuru n’isi birahubangana.

Ariko Uhoraho ni ubuhungiro bw’ubwoko bwe,

ni we murinzi w’Abisiraheli.

Abayuda bazongera bagire ihirwe

17 Uhoraho arabwira Abayuda ati:

“Muzamenya ko ndi Uhoraho Imana yanyu,

nganje i Siyoni umusozi nitoranyirije,

Yeruzalemu izongera ibe umurwa nitoranyirije,

nta banyamahanga bazongera kuyivogera.

18 “Icyo gihe divayi iryoshye izaba iri hose ku misozi,

amata na yo azaba ari hose ku dusozi

ibikombe byose by’u Buyuda bizongera bitembe amazi.

Mu Ngoro y’Uhoraho hazatoboka isōko y’amazi,

azatembera mu Kibaya cy’Iminyinya

19 “Igihugu cya Misiri kizasigara ari amatongo,

icya Edomu na cyo kizasigara ari ikidaturwa,

nzaba mbihoye ko ababituyemo bagiriye Abayuda nabi,

babiciye mu gihugu cyabo kandi bari abere.

20 Nyamara igihugu cy’u Buyuda kizaturwa iteka ryose,

Yeruzalemu na yo izaturwa uko ibihe bihaye ibindi.

21 Abere bishwe nzabahōrera,

koko sinzabura kubahōrera.

Ndi Uhoraho uganje i Siyoni.”