Categories
Yohani

Yohani 1

Jambo yabaye umuntu

1 Mbere ya byose uwitwa Jambo yari ariho. Jambo uwo yari kumwe n’Imana kandi yari Imana.

2 Yari kumwe n’Imana mbere ya byose.

3 Ibintu byose byabayeho kubera we, nta na kimwe cyabayeho kitabimukesha.

4 Muri we harimo ubugingo kandi ubwo bugingo bwari urumuri rw’abantu.

5 Nuko urwo rumuri ruboneshereza mu mwijima, umwijima ntiwarutsinda.

6 Habayeho umuntu watumwe n’Imana akitwa Yohani.

7 Yaje ari umugabo wo guhamya iby’urwo rumuri, kugira ngo atume bose barwemera.

8 Si we wari urumuri ahubwo yazanywe no guhamya ibyarwo.

9 Jambo ni we rumuri nyakuri rwaje ku isi, maze rumurikira umuntu wese.

10 Yari ku isi kandi isi yabayeho kubera we, nyamara isi ntiyamumenya.

11 Yaje mu bye ariko abe ntibamwakira.

12 Nyamara abamwakiriye bose bakemera uwo ari we, yabahaye ubushobozi bwo kuba abana b’Imana.

13 Kuba abana b’Imana ntibiva ku buryo busanzwe bwo kubyara, cyangwa ngo biterwe n’icyifuzo cy’umubiri cyangwa n’ubushake bw’umuntu, ahubwo babyarwa n’Imana.

14 Jambo yabaye umuntu aba hagati muri twe, yuzuye ubuntu n’ukuri. Nuko tubona ikuzo rye, ari ryo kuzo Umwana w’ikinege akomora kuri Se.

15 Yohani ahamya ibye ararangurura ati: “Nguyu uwo navugaga nti: ‘Uje nyuma yanjye aranduta kuko yahozeho mbere yanjye.’ ”

16 Twese twahawe ku migisha ye isendereye, kandi tugirirwa ubuntu bugeretse ku bundi.

17 Amategeko yanyujijwe kuri Musa, naho ubuntu n’ukuri byo byaje binyujijwe kuri Yezu Kristo.

18 Nta muntu wigeze abona Imana, ahubwo Umwana w’ikinege uhorana na Se ni we wayimenyekanishije.

Guhamya kwa Yohani Mubatiza

19 Dore ibyo Yohani yahamije, ubwo Abayahudi b’i Yeruzalemu batumaga abatambyi n’Abalevi kumubaza bati: “Uri nde?”

20 Abasubiza atishisha aranaberurira ati “Si jye Kristo.”

21 Nuko baramubaza bati: “None se uri nde? Ese uri Eliya?”

Ati: “Sindi we.”

Baramubaza ati: “Mbese uri wa Muhanuzi?”

Ati: “Oya.”

22 Noneho baramubaza bati: “None se uri nde kugira ngo tubone icyo dusubiza abadutumye? Ese ibyawe ubivugaho iki?”

23 Arabasubiza ati:

“Ndi urangururira ijwi mu butayu ati:

‘Nimuringanize inzira ya Nyagasani’,

nk’uko umuhanuzi Ezayi yabivuze.”

24 Abari batumwe bari abo mu Bafarizayi.

25 Nuko baramubaza bati: “Kuki ubatiza niba utari Kristo cyangwa Eliya, cyangwa wa Muhanuzi?”

26 Yohani arabasubiza ati: “Jyewe mbatirisha amazi, nyamara muri mwe hari uwo mutazi.

27 Yaje nyuma yanjye, ariko ntibinkwiriye no gupfundura agashumi k’urukweto rwe.”

28 Ibyo byabereye i Betaniya, iburasirazuba bw’uruzi rwa Yorodani aho Yohani yabatirizaga.

Yezu Umwana w’intama w’Imana

29 Bukeye Yohani abona Yezu aje amusanga, maze aravuga ati: “Dore Umwana w’intama w’Imana ukuraho ibyaha by’abantu bo ku isi!

30 Uyu ni we navugaga nti: ‘Nyuma yanjye haje umuntu unduta, kuko yahozeho mbere yanjye.’

31 Nanjye mbere sinari nzi uwo ari we, ariko icyatumye nza mbatirisha amazi kwari ukugira ngo agaragarizwe Abisiraheli.”

32 Nuko Yohani arahamya ati: “Nabonye Mwuka w’Imana amanuka ava mu ijuru asa n’inuma, maze aguma kuri we.

33 Jye sinari nzi uwo ari we, ariko Imana yantumye kubatirisha amazi yari yarambwiye iti: ‘Uwo uzabona Mwuka amumanukiyeho maze akamugumaho, ni we ubatirisha Mwuka Muziranenge.’

34 Narabyiboneye none ndahamya ko uwo ari we Mwana w’Imana.”

Abigishwa ba mbere ba Yezu

35 Bukeye Yohani akaba ahagararanye na babiri mu bigishwa be.

36 Abonye Yezu ahita aravuga ati: “Dore Umwana w’intama w’Imana!”

37 Bumvise avuga atyo, abo bigishwa bombi bahita bakurikira Yezu.

38 Yezu arahindukira abona bamukurikiye, arababaza ati: “Murashaka iki?”

Baramusubiza bati: “Rabi (risobanurwa ngo ‘Mwigisha’), ucumbitse he?”

39 Arabasubiza ati: “Nimuze muharebe!”

Nuko baragenda babona aho yari acumbitse, maze uwo munsi bagumana na we. Hari mu masaa kumi.

40 Andereya uva inda imwe na Simoni Petero, yari umwe muri babiri bumvise ibyo Yohani avuze maze bagakurikira Yezu.

41 Uwo abanza gushaka umuvandimwe we Simoni, amubonye aramubwira ati: “Twabonye Mesiya” (risobanurwa ngo “Kristo”),

42 maze amugeza kuri Yezu.

Yezu amwitegereje aravuga ati: “Uri Simoni mwene Yohani, ariko uzitwa Kefa.” Kefa risobanurwa ngo “Petero”.

Yezu ahamagara Filipo na Natanayeli

43 Bukeye Yezu yiyemeza kujya muri Galileya, ahura na Filipo aramubwira ati: “Nkurikira!”

44 Filipo yari uw’i Betsayida, iwabo wa Andereya na Petero.

45 Filipo abona Natanayeli aramubwira ati: “Twabonye wa muntu uvugwa mu Mategeko yanditswe na Musa no mu byanditswe n’abahanuzi. Uwo ni Yezu mwene Yozefu w’i Nazareti.”

46 Nuko Natanayeli aramubaza ati: “Mbese hari ikintu cyiza cyakomoka i Nazareti?”

Filipo aramusubiza ati: “Ngwino urebe!”

47 Yezu abonye Natanayeli aje amusanga aravuga ati: “Dore Umwisiraheli nyakuri utagira uburiganya.”

48 Natanayeli aramubaza ati: “Wamenye ute?”

Yezu aramusubiza ati: “Filipo ataraguhamagara, igihe wari munsi y’igiti cy’umutini nari nakubonye.”

49 Natanayeli aramubwira ati: “Mwigisha, koko ni wowe Mwana w’Imana, ni wowe Mwami w’Abisiraheli.”

50 Yezu ati: “Mbese unyemejwe n’uko nkubwiye nti ‘Nakubonye munsi y’umutini?’ Uzabona ibiruta ibyo.”

51 Nuko yungamo ati: “Ndakubwira nkomeje ko uzabona ijuru rikingutse, ubone n’abamarayika b’Imana bazamukira kandi bamanukira ku Mwana w’umuntu.”

—https://api-cdn.youversionapi.com/audio-bible-youversionapi/126/32k/JHN/1-b66c1944cf097160e152a6d269bf4ad3.mp3?version_id=387—

Categories
Yohani

Yohani 2

Ubukwe bw’i Kana

1 Ku munsi wa gatatu haba ubukwe i Kana ho muri Galileya, na nyina wa Yezu yari aburimo,

2 Yezu n’abigishwa be na bo bari babutumiwemo.

3 Nuko nyina wa Yezu abonye ko divayi ishize aramubwira ati: “Nta divayi bagifite.”

4 Yezu aramusubiza ati: “Mubyeyi, ibyo ubinzanyemo ute? Igihe cyanjye ntikiragera.”

5 Nyina abwira abahereza ati: “Icyo ababwira cyose mugikore.”

6 Aho hari intango esheshatu zibajwe mu mabuye zashyiriweho umuhango wa kiyahudi wo kwihumanura, buri ntango ikuzuzwa n’ibibindi bivoma nka bine cyangwa bitanu.

7 Yezu arababwira ati: “Nimwuzuze izo ntango amazi.” Barazuzuza bageza ku rugara.

8 Hanyuma arababwira ati: “Noneho nimudahe mushyīre umusangwa mukuru.” Baramushyīra.

9 Umusangwa mukuru asogongera ayo mazi yamaze guhinduka divayi ntiyamenya aho iturutse, icyakora abahereza bari badashye amazi bo bari bahazi. Nuko ahamagara umukwe

10 aramubwira ati: “Ubusanzwe umuntu wese abanza gutanga divayi nziza, hanyuma abantu bamara guhaga, akazana itari nziza nk’iya mbere, naho wowe wagumanye inziza kugeza magingo aya!”

11 Icyo gitangaza kimuranga Yezu yagikoze i Kana ho muri Galileya, kiba icya mbere yakoze kigaragaza ikuzo rye. Ni cyo cyatumye abigishwa be bamwemera.

12 Hanyuma aramanuka agera i Kafarinawumu, we na nyina n’abavandimwe be n’abigishwa be bahamara igihe gito.

Yezu yirukana abacururizaga mu Ngoro y’Imana

13 Umunsi wa Pasika y’Abayahudi wegereje, Yezu ajya i Yeruzalemu.

14 Ageze mu rugo rw’Ingoro y’Imana ahasanga abacuruzaga inka n’intama n’inuma, n’abari bicaye bavunjaamafaranga.

15 Abohekanya imigozi ayigira nk’ikiboko bose abamenesha mu rugo rw’Ingoro, yirukanamo n’intama n’inka zabo, asandaza amafaranga y’abavunjaga ahirika n’ameza yabo.

16 Abwira abacuruzaga inuma ati: “Nimuzivane hano! Inzu ya Data ntimukayigire isoko!”

17 Abigishwa be bibuka ko Ibyanditswe bivuga ngo: “Ishyaka ngirira Ingoro yawe rirambaga.”

18 Noneho Abayahudi baramubaza bati: “Uratanga kimenyetso ki kitwemeza ko wemerewe gukora bene ibyo?”

19 Yezu arabasubiza ati: “Nimusenye iyi ngoro, nzongera nyubake mu minsi itatu.”

20 Abayahudi bati: “Dorere, iyi Ngoro yubatswe mu myaka mirongo ine n’itandatu, nawe ngo wakongera kuyubaka mu minsi itatu?”

21 Icyakora ingoro yavugaga ni umubiri we.

22 Aho amariye kuzuka mu bapfuye, abigishwa be bibutse ko ibyo yari yarabivuze, maze bemera Ibyanditswe kandi bemera ijambo Yezu yari yavuze.

Yezu azi imigambi ya buri muntu

23 Igihe Yezu yari i Yeruzalemu mu minsi mikuru ya Pasika, abantu benshi bamwemejwe n’ibitangaza babonye akora.

24 Nyamara Yezu ntiyabagirira icyizere, kuko we yari azi abantu bose.

25 Byongeye kandi ntiyari akeneye gusiganuza ibyerekeye abantu, kuko yari asanzwe azi imigambi ya buri muntu.

—https://api-cdn.youversionapi.com/audio-bible-youversionapi/126/32k/JHN/2-25efdf724812c787862435f4a915a67a.mp3?version_id=387—

Categories
Yohani

Yohani 3

Yezu na Nikodemu

1 Mu ishyaka ry’Abafarizayi harimo umuntu witwaga Nikodemu, akaba umwe mu bayobozi b’Abayahudi.

2 Nijoro asanga Yezu aramubwira ati: “Mwigisha, tuzi ko uri umwigisha watumwe n’Imana tubyemejwe n’ibitangaza ukora. Nta wabasha kubikora Imana itari kumwe na we.”

3 Yezu aramusubiza ati: “Ndakubwira nkomeje ko umuntu utavutse ubwa kabiriatabasha kubona ubwami bw’Imana.”

4 Nikodemu aramubaza ati: “Umuntu yabasha ate kuvuka kandi akuze? Mbese yabasha gusubira mu nda ya nyina akongera kuvuka?”

5 Yezu aramusubiza ati: “Ndakubwira nkomeje ko umuntu utabyawe n’amazi na Mwuka w’Imana, atabasha kwinjira mu bwami bwayo.

6 Ikibyarwa n’umubiri kiba ari umubiri, naho ikibyarwa na Mwuka kiba ari umwuka.

7 Ntutangazwe n’uko nakubwiye nti: ‘Mugomba kuvuka ubwa kabiri.’

8 Umuyagauhuhira aho ushaka, ukumva uhuha ariko ntumenye aho uva cyangwa aho ujya. Ni na ko bimera ku muntu wese wabyawe na Mwuka.”

9 Nikodemu aramubaza ati: “Ibyo bishoboka bite?”

10 Yezu aramusubiza ati: “Ukaba uri umwigisha mu Bisiraheli ntumenye ibyo?

11 Ndakubwira nkomeje ko tuvuga ibyo tuzi kandi tugahamya ibyo twiboneye, nyamara ntimwemera ibyo duhamya.

12 Nababwiye ibiba ku isi ntimwabyemera, none se nimbabwira ibiba mu ijuru muzabyemera mute?

13 Nta wigeze azamuka ngo ajye mu ijuru, keretse uwamanutse ava mu ijuru ari we Mwana w’umuntu.

14 Kandi nk’uko Musa yashyize inzoka hejuru ari mu butayu akayimanika ku giti, ni ko n’Umwana w’umuntu agomba gushyirwa hejuru,

15 kugira ngo umwizera wese ahabwe ubugingo buhoraho.”

16 Imana yakunze cyane abantu bo ku isi yose, ku buryo yatanze Umwana wayo w’ikinege kugira ngo umwizera wese adapfa burundu, ahubwo ahabwe ubugingo buhoraho.

17 Imana ntiyatumye Umwana wayo ku isi ngo acire iteka abo ku isi, ahubwo kwari ukugira ngo abakize.

18 Uwizera Umwana w’Imana ntiyigera acirwa iteka, naho utamwizera aba amaze kuricirwa kuko atizeye Umwana w’ikinege w’Imana.

19 Dore igituma abantu bacirwa iteka: ni uko urumuri rwaje ku isi maze abantu bikundira umwijima kuruta umucyo, kuko ibyo bakora ari bibi.

20 Umuntu wese ukora ibibi yanga umucyo, kandi ntaza ahabona kugira ngo ibyo akora bitagawa.

21 Nyamara ukora iby’ukuri ajya ahabona, kugira ngo ibyo yakoze bigaragare ko byakozwe uko Imana ishaka.

Yezu na Yohani Mubatiza

22 Hanyuma y’ibyo Yezu ajyana n’abigishwa be mu ntara ya Yudeya, bamaranayo iminsi abatiza abantu.

23 Yohani na we yabatirizaga ahitwa Enoni hafi y’i Salimu, kuko hari amazi menshi abantu bakaza kuhabatirizwa.

24 Ubwo Yohani yari atarafatwa ngo afungwe.

25 Nuko abigishwa ba Yohani bajya impaka n’undi Muyahudi ku byerekeye imihango yo kwihumanura.

26 Basanga Yohani baramubwira bati: “Mwigisha, wa wundi wari kumwe nawe hakurya ya Yorodani, uwo wahamyaga uwo ari we, dore na we arabatiza kandi abantu bose baramusanga.”

27 Yohani arabasubiza ati: “Nta cyo umuntu abasha kwiha kirenze icyo Imana yamugeneye.

28 Mwebwe ubwanyu mwambera abagabo b’ibyo navuze nti: ‘Jyewe sindi Kristo ahubwo ndi uwatumwe kumubanziriza.’

29 Umukwe ni we nyir’umugeni, naho uherekeza umukwe amuhagarara iruhande akamutega amatwi maze akanyurwa no kumva ijwi rye. Nguko uko ibyishimo byanjye bisendereye.

30 We agomba gukuzwa naho jye ngaca bugufi.”

Yezu aturuka mu ijuru

31 Uturuka mu ijuru asumba byose, naho uturuka ku isi ni uw’isi kandi avuga iby’isi. Uturuka mu ijuru we asumba byose,

32 ibyo yiboneye kandi yiyumviye ni byo ahamya, ariko nta wemera ibyo ahamya.

33 Icyakora uwemera ibyo ahamya aba yemeje ko ibyo Imana ivuga ari ukuri.

34 Uwatumwe n’Imana avuga ubutumwa bwayo, kuko Imana itanga Mwuka wayo itazigama.

35 Umwana w’Imana akundwa na Se kandi Se yamweguriye byose.

36 Uwemera Umwana w’Imana aba abonye ubugingo buhoraho, naho utamwumvira ntazabona ubwo bugingo, ahubwo Imana izagumya imurakarire.

—https://api-cdn.youversionapi.com/audio-bible-youversionapi/126/32k/JHN/3-cb6ec5b1ecea0b2131fed713ea016ba0.mp3?version_id=387—

Categories
Yohani

Yohani 4

Yezu n’Umunyasamariyakazi

1 Abafarizayi bumva ko Yezu yunguka abigishwa, kandi ko abatiza abantu benshi kuruta Yohani –

2 nyamara si Yezu wabatizaga ahubwo ni abigishwa be.

3 Nuko rero Yezu ava muri Yudeya asubira muri Galileya.

4 Kugira ngo agereyo yagombaga kwambukiranya intara ya Samariya.

5 Nuko agera mu nkengero z’umujyi wa Sikara muri iyo ntara, hafi y’isambu Yakobo yari yarahaye umuhungu we Yozefu.

6 Aho hari iriba rya Yakobo. Nuko Yezu yicara ku iriba kuko yari yananiwe kubera urugendo. Icyo hari hari nko mu masaa sita.

7 Umunyasamariyakazi aza kuvoma, Yezu aramubwira ati: “Mpa amazi yo kunywa.”

8 Icyo gihe abigishwa be bari bagiye mu mujyi guhaha.

9 Aramusubiza ati: “Ko uri Umuyahudi nkaba ndi Umunyasamariyakazi, ushobora ute kunsaba icyo kunywa?” Yavuze atyo kubera ko Abayahudi badasangira n’Abanyasamariya.

10 Yezu aramusubiza ati: “Iyaba wari uzi ubuntu Imana igira n’ugusabye amazi uwo ari we, wajyaga kumusaba akaguha amazi y’ubugingo!”

11 Umugore aramubaza ati: “None se mutware, ko nta kivomesho ufite iriba rikaba ari rirerire, ayo mazi y’ubugingo wayakura he?

12 Mbese waba uruta sogokuruza Yakobo waduhaye iri riba, akanywa amazi yaryo we n’abana be n’amatungo ye?”

13 Yezu aramusubiza ati: “Unywa kuri aya mazi wese arongera akagira inyota,

14 naho uzanywa ku mazi nzamuha ntazongera kugira inyota ukundi. Ahubwo ayo mazi nzamuha azaba isōko idudubiza muri we, imuhesha ubugingo buhoraho.”

15 Umugore aramubwira ati: “Nyakubahwa, mpa kuri ayo mazi ntazongera kugira inyota ngo ngaruke hano kuvoma!”

16 Yezu aramubwira ati: “Genda uhamagare umugabo wawe maze ugaruke hano.”

17 Umugore aramusubiza ati: “Nta mugabo mfite.”

Yezu ati: “Ushubije neza ko nta mugabo ufite,

18 kuko washatse abagabo batanu kandi n’uwo mubana ubu akaba atari uwawe. Ibyo ubivuze ukuri.”

19 Umugore aramubwira ati: “Nyakubahwa, mbonye ko uri umuhanuzi.

20 Ba sogokuruza basengeraga Imana kuri uriya musozi, naho mwebwe Abayahudi mukemeza ko ari i Yeruzalemu abantu bagomba kuyisengera.”

21 Yezu aramubwira ati: “Mugore, nyemera. Igihe kizagera abantu babe batagisengera Imana Data, haba kuri uriya musozi haba n’i Yeruzalemu.

22 Mwe musenga uwo mutazi, naho twe dusenga uwo tuzi kuko agakiza kava mu Bayahudi.

23 Igihe kigiye kuza ndetse ubu kirageze, maze abasenga by’ukuri bazasenge Data mu kuri bayobowe na Mwuka, kuko abasenga batyo ari bo Data ashaka.

24 Imana ni Mwuka, abayisenga bagomba kuyisenga mu kuri bayobowe na Mwuka.”

25 Umugore aramubwira ati: “Nzi ko Mesiya, uwo bita Kristo agiye kuza. Naza azatubwira byose.”

26 Yezu aramubwira ati: “Ni jye tuvugana.”

27 Uwo mwanya abigishwa be baraza, batangazwa no gusanga aganira n’umugore. Nyamara ntihagira n’umwe umubaza ati: “Uramushakaho iki? Kuki muvugana?”

28 Nuko umugore asiga ikibindi aho ajya mu mujyi, maze abwira abantu ati:

29 “Nimuze murebe umuntu wambwiye ibyo nakoze byose! Aho ntiyaba ari we Kristo?”

30 Basohoka mu mujyi bagana aho ari.

31 Hagati aho abigishwa bari babwiye Yezu bati: “Mwigisha, akira ufungure.”

32 Arabasubiza ati: “Mfite ibyokurya mutazi.”

33 Nuko abigishwa barabazanya bati: “Ese haba hari uwamuzaniye icyo afungura?”

34 Yezu arababwira ati: “Ifunguro ryanjye ni ugukora ibyo Uwantumye ashaka no kurangiza umurimo we.

35 Mbese ntimuvuga ko hasigaye amezi ane, igihe cy’isarura kikaba kigeze? None rero reka mbabwire: nimwubure amaso murebe imirima. Dore imyaka imaze kwera itegereje gusarurwa.

36 Umusaruzi arahembwa imbuto azirundarundire ubugingo buhoraho; bityo umubibyin’umusaruzi barishimira hamwe.

37 Baca umugani w’ukuri ngo: ‘Habiba umwe hagasarura undi.’

38 Nabohereje gusarura ibyo mutaruhiye. Abandi bararushye naho mwe mubonera inyungu mu miruho yabo.”

39 Benshi mu Banyasamariya bo muri uwo mujyi bemera Yezu, bashingiye ku ijambo rya wa mugore wahamyaga ati: “Yambwiye ibyo nakoze byose.”

40 Abanyasamariya ni ko kumusanga baramwinginga ngo agumane na bo, maze ahamara iminsi ibiri.

41 Nuko barushaho kumwemera ari benshi kubera ibyo yababwiye.

42 Babwira uwo mugore bati: “Noneho ntitukimwemejwe n’ibyo watubwiye gusa, ahubwo natwe twamwiyumviye tumenya koko ko ari we Mukiza w’abantu bo ku isi yose.”

Yezu akiza umwana w’umutware

43 Iyo minsi ibiri ishize, Yezu arahava ajya muri Galileya.

44 Yari yarivugiye ko umuhanuzi atubahwa mu gihugu cy’iwabo.

45 Nyamara ageze muri Galileya abaho bamwakira neza, kuko na bo bari baragiye i Yeruzalemu mu minsi mikuru ya Pasika, bakibonera ibyo yakozeyo byose.

46 Nuko Yezu asubira i Kana ho muri Galileya, aho yari yarahinduriye amazi divayi. I Kafarinawumu hari umutware w’ibwamiwari ufite umwana w’umuhungu urwaye.

47 Uwo mutware yumvise ko Yezu yavuye muri Yudeya akagera muri Galileya, aramusanga amusaba kumanuka ngo ajye i Kafarinawumu amukirize umwana wari ugiye gupfa.

48 Yezu aramubwira ati: “Ntimuteze kunyemera mutabonye ibimenyetso n’ibitangaza.”

49 Uwo mutware w’ibwami aramubwira ati: “Databuja, manuka uze iwanjye umwana wanjye atarapfa!”

50 Yezu aramubwira ati: “Genda, umwana wawe arakize.”

Uwo mugabo yizera ijambo Yezu amubwiye aragenda.

51 Akiri mu nzira ataha ahura n’abagaragu be, bamusanganiza inkuru y’uko umwana we yakize.

52 Ababaza igihe yoroherewe maze baramusubiza bati: “Ejo isaa saba ni bwo umuriro yari afite wazimye.”

53 Se w’uwo mwana asanga ko ari cyo gihe Yezu yari yamubwiriyeho ati: “Umwana wawe arakize.” Nuko yemera Yezu we n’abo mu rugo rwe bose.

54 Icyo kiba icya kabiri mu bitangaza Yezu yakoze bimuranga, yagikoze avuye muri Yudeya ageze muri Galileya.

—https://api-cdn.youversionapi.com/audio-bible-youversionapi/126/32k/JHN/4-11f222464882a20a7514453dbd4b8140.mp3?version_id=387—

Categories
Yohani

Yohani 5

Yezu akiriza ikimuga ku kizenga

1 Nyuma y’ibyo haba umunsi mukuru w’Abayahudi, maze Yezu ajya i Yeruzalemu.

2 I Yeruzalemu hafi y’Irembo ry’Intama hari ikizenga mu giheburayi cyitwa Betesida, kizengurutswe n’amabaraza atanu.

3 Muri ayo mabaraza habaga haryamye abarwayi benshi cyane, barimo impumyi n’abacumbagira n’ibirema. [Babaga bategereje ko amazi yibirindura,

4 kuko rimwe na rimwe umumarayika yamanukaga mu kizenga, maze agatuma amazi yibirindura. Amazi akimara kwibirindura, umurwayi wakijyagamo bwa mbere yakiraga indwara iyo ari yo yose.]

5 Aho hari umuntu wari ufite ubumuga amaranye imyaka mirongo itatu n’umunani.

6 Yezu amubonye arambaraye aho, amenye n’igihe amaze ameze atyo aramubaza ati: “Mbese urifuza gukira?”

7 Umurwayi aramusubiza ati: “Nyakubahwa, simfite umuntu wo kunshyira mu kizenga igihe amazi yibirinduye, kuko iyo ngerageje kujyamo undi aba yamaze kuntangamo.”

8 Yezu aramubwira ati: “Byuka ufate akarago kawe maze ugende!”

9 Muri ako kanya uwo murwayi arakira, afata akarago ke maze aragenda.

Ibyo byabaye ku munsi w’isabato.

10 Nuko Abayahudi babwira uwari umaze gukira bati: “Ni ku isabato, ntukwiye gutwara akarago kawe.”

11 Arabasubiza ati: “Uwankijije ni we wambwiye ati: ‘Fata akarago kawe ugende.’ ”

12 Baramubaza bati: “Uwo muntu ni nde wakubwiye ngo ‘Fata akarago kawe ugende?’ ”

13 Ariko uwo mugabo ntiyari azi uwamukijije uwo ari we, kuko Yezu yari yigendeye anyuze mu kivunge cy’abantu bari aho.

14 Hanyuma Yezu aza kumubona mu rugo rw’Ingoro y’Imana, aramubwira ati: “Dore wakize ntuzongere gukora icyaha ukundi, utazabona ishyano riruta irya mbere.”

15 Uwo muntu aragenda amenyesha Abayahudi yuko burya ari Yezu wamukijije.

16 Ni cyo cyatumye Abayahudi batangira gukurikirana Yezu kuko yakoraga bene ibyo ku isabato.

17 Ariko Yezu arababwira ati: “Na n’ubu Data ntahwema gukora kandi nanjye ndakora.”

18 Ku bw’ibyo Abayahudi barushaho gushaka uburyo bamwica, kuko uretse ko yicaga isabato yanavugaga ko Imana ari Se, bityo akaba yireshyeshyeje na yo.

Ubushobozi bw’Umwana w’Imana

19 Yezu ni ko kugira ati: “Ndababwira nkomeje ko Umwana w’Imana nta cyo akora na kimwe acyihangiye, kitari icyo abona Se akora. Icyo Se akora ni na cyo Umwana we akora.

20 Data akunda Umwana we akamwereka ibyo akora byose. Ndetse azamwereka n’ibirenze ibyo ngibyo mubonye akora bibatangaze.

21 Nk’uko Data azura abapfuye agatuma bongera kubaho, ni ko n’Umwana we abeshaho abo ashaka.

22 Data nta we acira urubanza, ahubwo yeguriye Umwana we ububasha bwo guca imanza zose,

23 kugira ngo bose bamwubahe nk’uko bubaha Se. Utubaha Umwana w’Imana aba atubashye na Se wamutumye.

24 “Ndababwira nkomeje ko untega amatwi akizera Uwantumye, aba afite ubugingo buhoraho. Ntazacirwaho iteka, ahubwo aba avuye mu rupfu ageze mu bugingo.

25 Ndababwira nkomeje ko hagiye kuza igihe na ko kirageze, ubwo abapfuye bazumva ijwi ry’Umwana w’Imana kandi abazaryumva bazabaho.

26 Nk’uko Data ari we sōko y’ubugingo, ni na ko yahaye Umwana we kuba isōko y’ubugingo

27 amuha n’ubushobozi bwo guca imanza kuko ari Umwana w’umuntu.

28 Ibyo ntibibatangaze. Erega igihe kigiye kuza ubwo abari mu mva bose bazumva ijwi rye

29 bakavamo! Abazaba barakoze ibyiza bazazuka bahabwe ubugingo, naho abazaba barakoze ibibi bazazuka bacirweho iteka.

Ibihamya Yezu

30 “Nta cyo nshobora gukora ncyihangiye. Nca imanza nkurikije ibyo Data ambwiye. Sinca urwa kibera kuko ntagambirira ibyo nishakiye, ahubwo ngambirira ibyo Uwantumye ashaka.

31 “Ndamutse nitanze ho umugabo, ibyo mpamya ntibyakwemerwa.

32 Nyamara hariho undi uhamya ibyanjye, kandi nzi yuko ibyo ahamya kuri jye ari ukuri.

33 Mwatumye kuri Yohani na we ahamya ibyerekeye ukuri.

34 Ibyo simbivugiye gushaka kwemezwa n’abantu, ahubwo mbivugiye kugira ngo mukizwe.

35 Yohani yari nk’itara ryaka rikabonesha, kandi mwemeye kumara akanya mwishimira umucyo umuturukaho.

36 Mfite ibyemezo biruta ibyo Yohani yahamije, ni ibikorwa Data yampaye kurangiza. Ibyo ndabikora kandi ni byo bihamya ko ari we wantumye.

37 Data wantumye na we ubwe yahamije ibyanjye. Ntimwigeze mwumva ijwi rye habe ngo mumuce n’iryera.

38 Ndetse n’amagambo ye ntababamo ubwo mutemera uwo yatumye.

39 Musesengura Ibyanditswe kuko mutekereza kubibonamo ubugingo buhoraho, kandi ari byo nyine bihamya ibyanjye.

40 Ariko mwanga kunsanga kugira ngo muhabwe ubugingo.

41 “Simparanira gushimwa n’abantu.

42 Ariko mwebwe ndabazi, ntimukunda Imana mubikuye ku mutima.

43 Jye naje ntumwe na Data maze ntimwanyakira, nyamara nihagira undi uza ku giti cye muzamwakira!

44 Mbese mwashobora mute kunyemera ko buri wese anyurwa no gushimwa na mugenzi we, ntimuharanire gushimwa n’Imana yonyine?

45 Ntimutekereze ko ari jyewe uzabarega kuri Data, uzabarega ni Musa uwo musanzwe mwiringiye.

46 Iyaba mwemeraga Musa koko, nanjye mwanyemeye kuko yanditse ibinyerekeyeho.

47 Ariko ubwo mutemera ibyo yanditse, muzemera mute ibyo mbabwira?”

—https://api-cdn.youversionapi.com/audio-bible-youversionapi/126/32k/JHN/5-5a3b4de0a4796172fd5e03d5a1d45a6f.mp3?version_id=387—

Categories
Yohani

Yohani 6

Yezu agaburira abantu barenze ibihumbi bitanu

1 Ibyo birangiye Yezu avayo afata hakurya y’ikiyaga cya Galileya, ari na cyo cyitwa Tiberiya.

2 Imbaga nyamwinshi y’abantu iramukurikira, kuko bari babonye ibitangaza yakoraga akiza abarwayi.

3 Nuko Yezu azamuka umusozi yicaranayo n’abigishwa be.

4 Icyo gihe umunsi mukuru wa Pasika y’Abayahudi wari wegereje.

5 Yezu abonye imbaga nyamwinshi y’abantu baje bamusanga, abaza Filipo ati: “Turagura he ibyokurya kugira ngo tugaburire aba bantu?”

6 Icyatumye abaza Filipo atyo kwari ukugira ngo amwumve, kuko we yari azi icyo ari bukore.

7 Filipo aramusubiza ati: “Nubwo twagura imigati y’igihembo cy’imibyizi magana abiri, ntabwo yaba ihagije ngo byibura buri wese aboneho agace gato.”

8 Umwe mu bigishwa be witwaga Andereya umuvandimwe wa Simoni Petero, aramubwira ati:

9 “Hano hari umuhungu ufite utugati dutanu n’udufi tubiri, ariko se abantu bangana batya byabamarira iki?”

10 Yezu aravuga ati: “Nimwicaze abantu.” Aho hantu hari ibyatsi byinshi. Nuko baricara, abagabo bonyine ari nk’ibihumbi bitanu.

11 Yezu afata iyo migati ashimira Imana, arayitanga maze bayikwiza abari bicaye. Abigenza atyo no ku mafi, maze bararya barahaga.

12 Bamaze guhaga abwira abigishwa be ati: “Nimuteranye utumanyu dusagutse kugira ngo hatagira ibipfa ubusa.”

13 Bateranya utumanyu twasagutse kuri ya migati itanu bamaze kurya, buzuza inkangara cumi n’ebyiri.

14 Abantu babonye icyo gitangaza Yezu yakoze kiranga ibye, baravuga bati: “Ni ukuri uyu ni we wa Muhanuzi ugomba kuza ku isi.”

15 Yezu amenye ko bagiye kuza kumufata ngo bamwimike ku mbaraga, ni ko kubacika yongera kwigira ku musozi ari wenyine.

Yezu agenda ku mazi

16 Bugorobye abigishwa be baramanuka bagera ku kiyaga.

17 Bajya mu bwato Yezu atarabageraho, bagana i Kafarinawumu hakurya y’ikiyaga. Bumaze kwira,

18 umuyaga w’ishuheri uhushye amazi arihinduriza.

19 Bamaze kugashyank’ibirometero bitanu cyangwa bitandatu, babona Yezu agenda ku mazi agana ku bwato maze bagira ubwoba.

20 Arababwira ati: “Mwigira ubwoba ni jye!”

21 Bamushyira mu bwato maze muri ako kanya ubwato buba bugeze imusozi aho bajyaga.

Abantu bashaka Yezu

22 Bukeye ya mbaga y’abantu bari basigaye hakurya y’ikiyaga, basanga Yezu adahari kandi atari yajyanye n’abigishwa be mu bwato bwabo, bo bari bagiye bonyine kandi nta bundi bwato bwari buhari.

23 Ubwo haza andi mato avuye hakurya i Tiberiya, agera hafi y’ahantu baririye ya migati Nyagasani amaze gushimira Imana.

24 Ba bantu bose babonye ko Yezu atagihari ndetse n’abigishwa be, ni ko gufata amato bajya i Kafarinawumu kumushaka.

Yezu ni umugati w’ubugingo

25 Bageze hakurya baramubona baramubaza bati: “Mwigisha, wageze hano ryari?”

26 Yezu arabasubiza ati: “Ndababwira nkomeje ko igitumye munshaka atari uko mwasobanukiwe ibitangaza mwabonye nkora, ahubwo ari uko mwariye imigati mugahaga.

27 Ntimugakorere ibyokurya byangirika, ahubwo mukorere ibyokurya bigumaho kugeza ku bugingo buhoraho, ibyo Umwana w’umuntu azabaha. Ni we Imana Se yahaye icyemezo cy’ubushobozi bwayo bumuranga.”

28 Noneho baramubaza bati: “Twagenza dute kugira ngo dukore imirimo Imana idushakaho?”

29 Yezu arabasubiza ati: “Umurimo Imana ibashakaho ni uko mwemera Uwo yatumye.”

30 Nuko baramubaza bati: “Ariko se wowe watanga kimenyetso ki cyatuma tukwemera? Uratwereka gikorwa ki?

31 Mu butayu ba sogokuruza bariye manu nk’uko Ibyanditswe bivuga ngo ‘Yabagaburiye umugati uturutse mu ijuru.’ ”

32 Yezu arababwira ati: “Ndababwira nkomeje ko burya icyo Musa yabahayeatari wo mugati wo mu ijuru, ahubwo ari Data ubaha umugati nyakuri wo mu ijuru.

33 Umugati w’Imana ni umanutse mu ijuru ugahaabari ku isi ubugingo.”

34 Noneho baramubwira bati: “Nyakubahwa, ujye uduha buri gihe kuri uwo mugati utubwiye!”

35 Yezu arababwira ati: “Ni jye mugati w’ubugingo, unsanga ntabwo asonza kandi unyemera ntazagira inyota ukundi.

36 Nyamara nk’uko nabibabwiye, mwarambonye ariko ntimunyemera.

37 Abo Data ampa bose bazansanga kandi unsanze sinzigera mwirukana.

38 Sinamanuwe mu ijuru no gukora ibyo nishakiye, ahubwo nazanywe no gukora ibyo Uwantumye ashaka.

39 Kandi rero icyo Uwantumye ashaka ni ukugira ngo ntagira n’umwe mbura mu bo yampaye, ahubwo ngo nzabazure bose ku munsi w’imperuka.

40 Icyo Data ashaka ni uko buri wese ubonye Umwana we akamwemera ahabwa ubugingo buhoraho, nanjye nkazamuzura ku munsi w’imperuka.”

41 Abayahudi baritotomba kuko yari avuze ati: “Ni jye mugati wamanutse mu ijuru.”

42 Baravuga bati: “Mbese uyu si Yezu mwene Yozefu? Se na nyina ntitubazi? None se ashobora ate kuvuga ati: ‘Namanutse mu ijuru?’ ”

43 Yezu arababwira ati: “Nimureke kwitotomba.

44 Nta n’umwe ushobora kunsanga atazanywe na Data wantumye, kugira ngo nanjye nzamuzure ku munsi w’imperuka.

45 Byanditswe n’abahanuzi ngo ‘Bose bazigishwa n’Imana.’ Umuntu wese wumva ibyo Data avuga akigishwa na byo, aza aho ndi.

46 Si ukuvuga ko hari uwabonye Data, uretse uwaturutse ku Mana ni we wabonye Data.

47 Ndababwira nkomeje ko unyizera afite ubugingo buhoraho.

48 Ni jye mugati w’ubugingo.

49 Ba sokuruza baririye manu mu butayu bararenga barapfa.

50 Ariko hari umugati wamanutse mu ijuru kugira ngo uwuryaho wese ye kuzapfa.

51 Ni jye mugati w’ubugingo wamanutse mu ijuru, nihagira uwuryaho azabaho iteka ryose. Kandi uwo mugati ni umubiri wanjye nzatanga kugira ngo abantu bo ku isi babone ubugingo.”

52 Nuko Abayahudi bajya impaka barakaye bati: “Uyu muntu abasha ate kuduha umubiri we ngo tuwurye?”

53 Yezu arababwira ati: “Ndababwira nkomeje ko mutariye umubiri w’Umwana w’umuntu ntimunywe n’amaraso ye, nta bugingo mwaba mufite.

54 Urya umubiri wanjye wese akanywa n’amaraso yanjye, aba afite ubugingo buhoraho, nanjye nzamuzura ku munsi w’imperuka.

55 Umubiri wanjye ni ibyokurya nyabyo, n’amaraso yanjye ni ibyokunywa nyabyo.

56 Urya umubiri wanjye kandi akanywa amaraso yanjye, aguma muri jye nanjye nkaguma muri we.

57 Nk’uko Data wantumye afite ubugingo, ni ko nanjye mbufite kubera we, ni na ko kandi undya wese azabugira kubera jye.

58 Uyu rero ni wo mugati wamanutse mu ijuru, si nk’uwo ba sokuruza bariye bakarenga bagapfa, urya uyu mugati we azabaho iteka.”

59 Ibyo Yezu yabivuze igihe yigishirizaga mu rusengero rw’i Kafarinawumu.

Amagambo y’ubugingo buhoraho

60 Benshi mu bigishwa be babyumvise baravuga bati: “Ayo magambo arakomeye, ni nde washobora kuyemera?”

61 Yezu amenye ko abigishwa be bitotomba arababaza ati: “Mbese ayo magambo arabahungabanyije?

62 Noneho se byamera bite mubonye Umwana w’umuntu azamutse ajya aho yahoze mbere?

63 Mwuka ni we utanga ubugingo, umuntu buntu nta cyo amara. Amagambo nababwiye ni yo abazanira Mwuka n’ubugingo.

64 Nyamara muri mwe hariho abatanyemera.” Kuva mbere hose Yezu yari azi abatamwemera, kimwe n’uwari ugiye kuzamugambanira.

65 Nuko aravuga ati: “Ngicyo icyatumye mbabwira ko ntawe ushobora kunsanga atabihawe na Data.”

66 Ku bw’ibyo benshi mu bigishwa be bavanamo akabo karenge, ntibongera kugendana na we ukundi.

67 Nuko Yezu abaza ba bigishwa be cumi na babiri ati: “Ese namwe murashaka kwigendera?”

68 Simoni Petero aramusubiza ati: “Nyagasani, twasanga nde ko ari wowe ufite amagambo y’ubugingo buhoraho?

69 Kandi twemeye ko ari wowe Muziranenge wavuye ku Mana, turabizi rwose.”

70 Yezu arabasubiza ati: “Mbese si jye wabatoranyije uko muri cumi na babiri? Nyamara umwe muri mwe ni intumwa ya Satani.”

71 Ubwo yavugaga Yuda Isikariyoti mwene Simoni wari ugiye kuzamugambanira, nubwo yari umwe muri ba bandi cumi na babiri.

—https://api-cdn.youversionapi.com/audio-bible-youversionapi/126/32k/JHN/6-1efc68f54322c6c5cde374a2c9badeb8.mp3?version_id=387—

Categories
Yohani

Yohani 7

Abavandimwe ba Yezu ntibamwemeye

1 Nyuma y’ibyo Yezu akomeza kugenda muri Galileya ntiyifuzaga kugenda muri Yudeya kuko Abayahudi bashakaga kumwica.

2 Iminsi mikuru y’ingando y’Abayahudi yari yegereje.

3 Nuko abavandimwe ba Yezu baramubwira bati “Haguruka, ujye muri Yudeya, kugira ngo abigishwa bawe baho na bo barebe ibyo ukora.

4 Erega ushaka kumenyekana ntakora rwihishwa! Ubwo ukora bene ibyo, ngaho iyereke abantu bose!”

5 N’ubundi n’abavandimwe be ntibamwemeraga.

6 Nuko Yezu arabasubiza ati “Igihe cyanjyentikiragera, naho kuri mwe igihe cyose gihora kibatunganiye.

7 Ab’isi ntibashobora kubanga, ariko jye baranyanga kuko nemeza ko ibyo bakora ari bibi.

8 Mwebweho nimwigire mu minsi mikuru, ariko jye sinjyayokuko igihe cyanjye kitaragera.”

9 Amaze kubabwira atyo yigumira muri Galileya.

Yezu mu minsi mikuru y’Ingando

10 Nyamara abavandimwe be bamaze kujya mu minsi mikuru, Yezu na we ajyayo ariko bitari ku mugaragaro, ahubwo agenda rwihishwa.

11 Abayahudi bamushakashakiraga mu minsi mikuru babaza bati: “Mbese wa muntu ari he?”

12 Rubanda bongoreranaga ibimwerekeye, bamwe bakavuga bati: “Ni umuntu mwiza”, abandi bati: “Oya, ahubwo arayobya rubanda.”

13 Nyamara nta wamuvugaga ku mugaragaro kuko batinyaga abakuru b’Abayahudi.

14 Iminsi mikuru igeze hagati, Yezu araza yinjira mu rugo rw’Ingoro y’Imana, atangira kwigisha.

15 Abayahudi baratangara maze baravuga bati: “Bishoboka bite ko uriya muntu yamenya ubwenge bungana butya kandi atarigeze yiga?”

16 Nuko Yezu arabasubiza ati: “Ibyo nigisha si ibyanjye bwite, ahubwo ni iby’Uwantumye.

17 Umuntu wese ukunda gukora ibyo Imana ishaka azamenya ko ibyo nigisha bituruka ku Mana, cyangwa ko ari ibyo nihangiye.

18 Uwivugira ibye bwite aba yishakira icyubahiro, ariko ushaka guhesha icyubahiro Uwamutumye aba ari umunyakuri utagira uburiganya.

19 Mbese Musa ntiyabahaye Amategeko? Nyamara nta n’umwe muri mwe uyakurikiza. Ni kuki mushaka kunyica?”

20 Rubanda ni ko kumusubiza bati: “Wahanzweho! Ni nde ushaka kukwica?”

21 Yezu arabasubiza ati: “Hari ikintu kimwe nakoze, maze mwese muratangara kuko hari ku isabato.

22 Musa yabahaye umuhango wo gukebwa – icyakora si we byakomotseho ahubwo ni kuri ba sogokuruza, no ku isabato mubikorera abahungu banyu.

23 Niba umuhungu akebwa ku isabato ntibibe byishe itegeko rya Musa, ni kuki jye mundakarira ngo nakijije umuntu indwara ku isabato?

24 Ntimugace imanza mushingiye ku bigaragara gusa, ahubwo mujye muca imanza zitabera.”

Abantu bibaza niba Yezu ari we Kristo

25 Bamwe mu baturage b’i Yeruzalemu barabaza bati: “Uriya si wa wundi bashaka kwica?

26 Nyamara dore aravugira mu ruhame bakinumira. Ubanza koko abayobozi bacu bamenye ko ari we Kristo!

27 Ariko se ko Kristo naza nta muntu n’umwe uzamenya iyo aturutse, nyamara uriya we tukaba tuhazi!”

28 Icyo gihe Yezu yigishirizaga mu rugo rw’Ingoro y’Imana, maze avuga aranguruye ijwi ati: “Mbese koko muranzi, muzi n’aho nturuka? Sinaje ku bwanjye ahubwo naje ntumwe n’iy’ukuri mwe mutazi.

29 Nyamara jyewe ndayizi kuko naturutse kuri yo kandi akaba ari yo yantumye.”

30 Nuko bashaka uko bamufata ariko ntihagira n’umwe umukoza n’urutoki, kuko igihe cye cyari kitaragera.

31 Benshi bo muri iyo mbaga baramwemera, maze baravuga bati: “Mbese Kristo naza azakora ibitangaza biruta ibyo uyu yakoze?”

Abafarizayi batuma abantu gufata Yezu

32 Abafarizayi bumva ibyo rubanda bahwihwisa ku byerekeye Yezu. Nuko abakuru bo mu batambyi n’Abafarizayi batuma abarinzi b’Ingoroy’Imana kumufata.

33 Yezu aherako aravuga ati: “Ndacyari kumwe namwe igihe gito, hanyuma ngasanga Uwantumye.

34 Muzanshaka mwe kumbona, kuko aho nzaba ndi mutazabasha kugerayo.”

35 Nuko Abayahudi barabazanya bati: “Mbese agiye kujya he tutazamubona? Ese ni mu mahanga, aho abantu bacu batataniye ngo yigishe abanyamahanga?

36 Aravuze ngo tuzamushaka twe kumubona, kuko aho azaba ari tutazashobora kugerayo! Ibyo bivuga iki?”

Imigezi y’amazi y’ubugingo

37 Ku munsi uheruka iminsi mikuru y’Ingando ari na wo bizihizaga cyane, Yezu ahagaze mu rugo rw’Ingoro y’Imana avuga aranguruye ati: “Umuntu wese ufite inyota nansange maze anywe.

38 Nk’uko Ibyanditswe bivuga, umuntu unyizera imigezi y’amazi y’ubugingoizamuturukamo.”

39 Ibyo Yezu yabivuze yerekeza kuri Mwuka w’Imana abamwizeye bari bagiye kuzahabwa. Icyo gihe Mwuka yari ataroherezwa kuko Yezu yari atarahabwa ikuzo.

Kwirema ibice

40 Nuko bamwe muri icyo kivunge cy’abantu bumvise ayo magambo baravuga bati: “Koko uyu ni wa Muhanuzi!”

41 Abandi baravuga bati: “Ni Kristo!”

Ariko abandi barabaza bati: “Bishoboka bite ko Kristo yaturuka muri Galileya?

42 Mbese Ibyanditswe ntibivuga ko Kristo azakomoka mu rubyaro rwa Dawidi, no mu mujyi wa Betelehemu aho Dawidi yavukiye?”

43 Nuko abantu bicamo ibice kubera Yezu.

44 Bamwe bashaka kumufata nyamara ntihagira umukoza n’urutoki.

Abakuru b’Abayahudi banga kwemera Yezu

45 Ba barinzi b’Ingoro y’Imana bagarutse, abakuru bo mu batambyi n’Abafarizayi barababaza bati: “Kuki mutamuzanye?”

46 Abarinzi barabasubiza bati: “Nta wigeze avuga nk’uwo muntu!”

47 Nuko Abafarizayi barababaza bati: “Mbese namwe yabahenze ubwenge?

48 Mbese mwabonye mu batware cyangwa mu Bafarizayi hari n’umwe wigeze amwemera?

49 Rubanda batazi Amategeko ni bo bonyine bamwemeye, ni ibivume!”

50 Nyamara umwe mu Bafarizayi witwa Nikodemu, wa wundi wari warigeze gusanga Yezu arababaza ati:

51 “Mbese dukurikije Amategeko yacu twashobora gucira umuntu urubanza tutabanje kumva icyo avuga, ngo tumenye n’icyo yakoze?”

52 Baramusubiza bati: “Nawe se uri uwo muri Galileya! Reba mu Byanditswe urasanga ko nta muhanuzi ushobora guturuka muri Galileya.”

Umugore wafashwe asambana

[

53 Nuko barikubura buri muntu asubira iwe.

—https://api-cdn.youversionapi.com/audio-bible-youversionapi/126/32k/JHN/7-0c593a1215ac287654be393a4586200b.mp3?version_id=387—

Categories
Yohani

Yohani 8

1 Yezu ajya ku Musozi w’Iminzenze.

2 Umuseke ukebye agaruka mu rugo rw’Ingoro y’Imana, abantu bose baramusanga maze aricara atangira kubigisha.

3 Abigishamategeko n’Abafarizayi bamuzanira umugore wafashwe asambana, bamuhagarika hagati yabo.

4 Baramubwira bati: “Mwigisha, uyu mugore yafashwe asambana.

5 Mu Mategeko Musa yadutegetse kwicisha amabuye abasambanyi. Mbese wowe urabivugaho iki?”

6 Ibyo babivugiraga kumutegera mu byo avuga, ngo babone ibyo bamurega. Ariko Yezu ariyunamira atangira kwandikisha urutoki hasi.

7 Abonye ko bakomeje kumuhata ibibazo, Yezu arunamuka arababwira ati: “Udafite icyaha muri mwe abe ari we ubanza kumutera ibuye.”

8 Nuko arongera arunama akomeza kwiyandikira hasi.

9 Na bo babyumvise batyo bagenda umwe umwe uhereye ku bakuze, basiga Yezu wenyine na wa mugore akiri aho yari ari.

10 Yezu arunamuka aramubaza ati: “Mugore, ba bandi bari he? Ese nta n’umwe waguciriyeho iteka?”

11 Na we aramusubiza ati: “Nta we Mwigisha.”

Nuko Yezu aramubwira ati: “Nanjye nta teka nguciriyeho genda, uhereye ubu ntuzongere gukora icyaha.”]

Yezu urumuri rw’isi

12 Yezu arongera arababwira ati: “Ni jye rumuri rw’isi. Unkurikira ntazagenda mu mwijima, ahubwo azaba afite umucyo w’ubugingo.”

13 Nuko Abafarizayi baramubwira bati: “Nta wivuga amabi. Ibyo wivugaho si ukuri.”

14 Yezu arabasubiza ati: “Nubwo ari jye uhamya ibinyerekeyeho, ibyo mpamya ni ukuri kuko nzi aho naturutse n’aho njya, nyamara mwebwe ntimuzi aho mva n’aho njya.

15 Mwebwe mwigira abacamanza mushingiye ku byo mureba, naho jye nta muntu ncira urubanza.

16 Icyakora nubwo nagira uwo nducira, naba nshingiye ku kuri kuko mba ntari jyenyine, ahubwo mba ndi kumwe na Data wantumye.

17 Ndetse no mu Mategeko yanyu handitswe ko igihamijwe n’abantu babiri kiba ari icy’ukuri.

18 Ni jye uhamya ibinyerekeyeho kandi na Data wantumye arabihamya.”

19 Nuko baramubaza bati: “So ari he?”

Yezu arabasubiza ati: “Jye ntimunzi kandi na Data ntimumuzi. Iyo mumenya muba mwaramenye na Data.”

20 Ibyo byose Yezu yabivuze igihe yigishirizaga mu rugo rw’Ingoro y’Imana, aho baturiraga amaturo, kandi ntihagira n’umwe umufata kuko igihe cyecyari kitaragera.

“Aho ngiye ntimubasha kujyayo”

21 Yongera kubabwira ati: “Ndagiye kandi muzanshaka, nyamara muzarinda mupfa mukiri mu byaha. Aho ngiye ntimubasha kujyayo.”

22 Abayahudi barabazanya bati: “Aravuze ngo ‘Aho ngiye ntimubasha kujyayo’! Mbese agiye kwiyahura?”

23 Nuko Yezu arababwira ati: “Mwe mukomoka ku isi naho jye nkomoka mu ijuru. Muri ab’iyi si jyewe sindi uw’iyi si.

24 Ni cyo gitumye mbabwira ko muzarinda mupfa mukiri mu byaha. Koko rero nimutemera uwo ndi we, muzarinda mupfa mukiri mu byaha.”

25 Baramubaza bati: “Uri nde?”

Yezu arabasubiza ati: “Ni nk’uko nabibabwiye kuva mbere.

26 Mfite byinshi nabavugaho nkabacira urubanza, ariko Uwantumye ni uw’ukuri kandi ibyo namwumvanye ni byo byonyine mbwira ab’isi.”

27 Ntibasobanukiwe ko yababwiraga ibyerekeye Imana Se.

28 Nuko Yezu arababwira ati: “Igihe muzazamura Umwana w’umuntu hejuru y’isi, ni bwo muzamenya uwo ndi we kandi ko nta cyo nkora ncyihangiye, ahubwo mvuga ibyo Data yanyigishije gusa.

29 Uwantumye ari kumwe nanjye, ntiyansize jyenyine kuko nkora ibimushimisha iteka.”

30 Avuze atyo abantu benshi baramwemera.

Ukuri gukūra mu buja

31 Nuko Yezu abwira Abayahudi bari bamwemeye ati: “Nimukurikiza inyigisho zanjye muzaba abigishwa banjye by’ukuri.

32 Muzamenya ukuri kandi ukuri ni ko kuzabakūra mu buja.”

33 Baramusubiza bati: “Twe dukomoka kuri Aburahamu kandi nta wigeze adushyira mu buja. Uhangaye ute kuvuga uti: ‘Muzava mu buja.?’ ”

34 Yezu arabasubiza ati: “Ndababwira nkomeje ko umuntu wese ukora icyaha aba ari mu buja bw’icyaha.

35 Uri mu buja ntaguma mu rugo burundu, ahubwo umwana uri mu rugo rwa se ni we urugumamo burundu.

36 Niba rero Umwana w’Imana abakuye mu buja muzishyira mwizane by’ukuri.

37 Nzi yuko muri urubyaro rwa Aburahamu, ariko murashaka kunyica kuko mutemera ibyo mbabwira.

38 Mvuga ibyo nabonye kuri Data, namwe mugakora ibyo so yababwiye.”

39 Baramusubiza bati: “Dukomoka kuri Aburahamu.”

Yezu arababwira ati: “Iyaba mwakomokaga kuri Aburahamu muba mukorank’ibyo Aburahamu yakoraga.

40 Nabamenyesheje ukuri Imana yambwiye, nyamara murashaka kunyica. Aburahamu ntiyigeze gukora bene ibyo!

41 Mwebwe murakora ibyo so akora.”

Baramubwira bati: “Ntabwo turi ibinyendaro dufite Data umwe, ni Imana.”

42 Yezu arababwira ati: “Iyaba Imana ari So koko mwankunze, kuko naje nturutse ku Mana. Ntabwo naje ku bwanjye ahubwo ni yo yantumye.

43 Kuki mudasobanukirwa ibyo mvuga? Ni uko mudashobora gutega amatwi amagambo yanjye.

44 Muri aba so Sekibi kandi mushaka gukora ibyo so yifuza. Yahoze ari umwicanyi kuva kera kose, kandi ntiyigeze anyura mu kuri kuko nta kuri kumurangwaho. Iyo avuze ibinyoma aba avuga ibimurimo, kuko ari umubeshyi akaba acura ibinyoma.

45 Igituma mutanyemera ni uko mvuga ukuri.

46 Ni nde muri mwe wabasha kunshinja icyaha? None se niba mvuga ukuri kuki mutanyemera?

47 Ukomoka ku Mana atega amatwi ibyo Imana ivuga, mwebwe rero igituma mutabitega amatwi ni uko mudakomoka ku Mana.”

Yezu na Aburahamu

48 Abayahudi baramusubiza bati: “Mbese ntitwavuze ukuri ko uri Umunyasamariya kandi ko wahanzweho?”

49 Yezu arabasubiza ati: “Sinahanzweho ahubwo nubaha Data ariko mwe mukansuzugura.

50 Si jye wishakira icyubahiro, hari undi ukinshakira ni we wadukiranura.

51 Ndababwira nkomeje ko ukurikiza amagambo yanjye wese atazapfa bibaho.”

52 Abayahudi baramubwira bati: “Noneho tumenye ko wahanzweho koko. Aburahamu n’abahanuzi barapfuye. None wowe ukaba uvuga uti: ‘Ukurikiza amagambo yanjye wese ntazapfa bibaho’!

53 None rero uruta sogokuruza Aburahamu wapfuye, ukaruta n’abahanuzi bapfuye? Wibwira ko uri nde?”

54 Yezu arabasubiza ati: “Iyaba ari jye wihaga icyubahiro, icyubahiro cyanjye cyaba ari ubusa. Ahubwo ni Data ukimpesha, uwo muvuga ko ari Imana yanyu.

55 Ntimwigeze kumumenya ariko jyewe ndamuzi. Ndetse mvuze ko ntamuzi mba mbaye umubeshyi nkamwe. Ariko rero ndamuzi kandi amabwiriza ye ndayakurikiza.

56 Sogokuruza Aburahamu yishimiye ko azabona igihe cyo kuza kwanjye, abibonye biramushimisha.”

57 Nuko Abayahudi baramubaza bati: “Ukaba utarageza no ku myaka mirongo itanu, none ngo wabonye Aburahamu?”

58 Yezu arabasubiza ati: “Ndababwira nkomeje ko mbere y’uko Aburahamu abaho jye ndiho.”

59 Bahita bafata amabuye ngo bamutere, ariko Yezu abaca mu myanya y’intoki maze asohoka mu rugo rw’Ingoro y’Imana.

—https://api-cdn.youversionapi.com/audio-bible-youversionapi/126/32k/JHN/8-a866622641e9bba79fd888a4df874815.mp3?version_id=387—

Categories
Yohani

Yohani 9

Yezu ahumūra umuntu wavutse ari impumyi

1 Yezu akigenda abona umuntu wavutse ari impumyi.

2 Abigishwa be baramubaza bati: “Mwigisha, ni nde wakoze icyaha cyatumye uyu muntu avuka ari impumyi? Mbese ni we wagikoze, cyangwa ni ababyeyi be?”

3 Yezu arabasubiza ati: “Si we wagikoze si n’ababyeyi be, ahubwo ubuhumyi bwe bwatewe no kugira ngo ibikorwa by’Imana bigaragarizwe muri we.

4 Dukwiriye gukora umurimo w’Uwantumye hakibona. Dore bugiye kwira kandi iyo bwije nta muntu ushobora gukora.

5 Igihe nkiri ku isi ndi urumuri rw’isi.”

6 Amaze kuvuga atyo acira amacandwe hasi ayatobesha akondo, agasīga ku maso ya ya mpumyi,

7 arayibwira ati: “Genda wiyuhagire mu kizenga cya Silowa.” (Silowa risobanurwa ngo “Uwatumwe”). Nuko uwo muntu aragenda ariyuhagira agaruka ahumūtse.

8 Abaturanyi be n’abajyaga bamubona asabiriza barabazanya bati: “Uyu si wa wundi wahoraga yicaye asabiriza?”

9 Bamwe bati: “Ni we.”

Abandi bati: “Si we, icyakora asa na we.”

Na we ubwe akavuga ati: “Ni jyewe rwose.”

10 Baramubaza bati: “Wahumutse ute?”

11 Arabasubiza ati: “Wa muntu witwa Yezu yatobye akondo akansīga ku maso, ambwira kujya kwiyuhagira mu kizenga cya Silowa. Nuko ndagenda, nkimara kwiyuhagira ndahumūka.”

12 Baramubaza bati: “Uwo muntu ari hehe?”

Ati: “Simpazi.”

Abafarizayi babaza uwahoze ari impumyi

13 Uwahoze ari impumyi bamushyīra Abafarizayi.

14 Igihe Yezu yatobaga akondo agahumūra uwo muntu hari ku isabato.

15 Ni yo mpamvu Abafarizayi na bo bamubajije uko yahumūtse, arabasubiza ati: “Yansīze akondo ku maso, ndiyuhagira maze ndahumūka.”

16 Bamwe mu Bafarizayi baravugaga bati: “Uwo muntu agomba kuba adaturuka ku Mana kuko atubahiriza isabato.”

Abandi bakavuga bati: “Ariko se yaba ari umunyabyaha akabasha ate gukora igitangaza nka kiriya?” Bituma bicamo ibice.

17 Bongera kubaza uwo mugabo bati: “Ese koko yaguhumuye? Ubwo se uramuvugaho iki?”

Arabasubiza ati: “Ni umuhanuzi.”

18 Ariko Abayahudi bo banga kwemera ko uwo mugabo yahoze ari impumyi none akaba areba, bageza n’aho batumiza ababyeyi be.

19 Barababaza bati: “Mbese koko uyu ni umwana wanyu? Ese muremeza ko yavutse ari impumyi? None se byagenze bite kugira ngo arebe?”

20 Ababyeyi barabasubiza bati: “Turahamya ko uyu ari umwana wacu kandi ko yavutse ari impumyi.

21 Naho rero igituma ubu ngubu areba ntitukizi, n’uwamuhumuye ntitumuzi. Nimumwibarize, ni mukuru abasha kwivugira.”

22 Ababyeyi be bavuze batyo kubera gutinya abakuru b’Abayahudi, kuko bari baranogeje inama yuko umuntu wese uzemeza ko Yezu ari Kristo, bazamuca mu rusengero rwabo.

23 Ni cyo cyatumye ababyeyi be bavuga bati: “Ni mukuru nimumwibarize.”

24 Noneho bahamagara uwahoze ari impumyi ngo agaruke, maze baramubwira bati: “Ngaho tanga Imana ho umugabo ko uvuga ukuri! Twe tuzi ko uwo muntu ari umunyabyaha.”

25 Na we arabasubiza ati: “Niba ari umunyabyaha simbizi. Icyo nzi ni kimwe, ni uko nahoze ndi impumyi none nkaba ndeba.”

26 Nuko baramubaza bati: “Ese yakugenje ate? Yaguhumūye ate?”

27 Arabasubiza ati: “Maze kubibabwira ntimwabyitaho. Kuki mushaka kongera kubyumva? Mbese aho namwe ntimushaka kuba abigishwa be?”

28 Ni ko kumutuka maze baramubwira bati: “Genda ube umwigishwa we, naho twe turi abigishwa ba Musa.

29 Tuzi ko Imana yavuganye na Musa naho uwo nguwo we ntituzi n’iyo aturuka.”

30 Uwo mugabo arabasubiza ati: “Aka ni akumiro! Ntabwo muzi iyo aturuka kandi yampumūye!

31 Tuzi ko Imana itumva abanyabyaha, ahubwo yumva uyubaha agakora ibyo ishaka.

32 Kuva isi yaremwa nta wigeze yumva aho umuntu yahumūye uwavutse ari impumyi.

33 Iyaba uwo muntu ataturukaga ku Mana nta cyo yari kubasha gukora.”

34 Baramuhindukirana bati: “Rwose wowe wavukiye mu byaha none uratwigisha?” Nuko bamuca mu nsengero.

Ubuhumyi bwo mu mutima

35 Yezu yumvise ko bamuciye mu nsengero aramushaka. Amubonye aramubaza ati: “Mbese wemera Umwana w’umuntu?”

36 Undi aramusubiza ati: “Nyakubahwa, mbwira uwo ari we kugira ngo mwemere.”

37 Yezu aramubwira ati: “Wamubonye kandi ni we muvugana.”

38 Uwo mugabo aramubwira ati: “Nyagasani, ndakwemeye.” Nuko aramupfukamira.

39 Yezu aravuga ati: “Nazanywe kuri iyi si no guhinyuza abantu, kugira ngo abatabona barebe n’ababona bahume.”

40 Abafarizayi bari aho babyumvise baramubaza bati: “Ubwo se natwe turi impumyi?”

41 Yezu arabasubiza ati: “Iyaba mwari impumyi nta cyaha kiba kibariho, ariko ubwo muvuga ko mureba icyaha cyanyu kirabahama.”

—https://api-cdn.youversionapi.com/audio-bible-youversionapi/126/32k/JHN/9-5783e5b5d036e05c66a28eb39f87d0d4.mp3?version_id=387—

Categories
Yohani

Yohani 10

Umushumba n’intama ze

1 “Ndababwira nkomeje ko uwinjira mu rugo rw’intama atanyuze mu irembo ahubwo akuririra ahandi, aba ari umujura n’umwambuzi.

2 Naho rero uwinjiriye mu irembo aba ari umushumba w’intama,

3 umuraririzi aramwugururira. Intama zumva ijwi ry’umushumba maze agahamagara ize mu mazina, akazahura.

4 Iyo zose zigeze inyuma y’irembo, azijya imbere zikamukurikira kuko ziba zaramenyereye ijwi rye.

5 Ntizikurikira uwo zitazi, ahubwo ziramuhunga kuko ziba zitaramenyereye ijwi rye.”

6 Icyo ni ikigereranyo Yezu yabahaye ariko bo ntibamenya icyo yashakaga kubabwira.

Yezu Umushumba mwiza

7 Yezu yungamo ati: “Ndababwira nkomeje ko ari jye rembo ry’intama.

8 Abaje mbere yanjye bose bari abajura n’abambuzi, ariko intama ntizabitaho.

9 Ni jye rembo, uwinjira ari jye anyuzeho azarokoka. Azajya yinjira asohoke kandi abone urwuri.

10 Umujura azanwa gusa no kwiba no kwica no kurimbura. Jyewe nazanywe no kugira ngo intama zibone ubugingo, ndetse busendereye.

11 “Ni jye mushumba mwiza.Umushumba mwiza yemera gupfira intama ze.

12 Naho umucancuro w’ingirwamushumba utari nyir’intama, abona impyisi ije agatererana intama agahunga. Nuko impyisi ikazisumira ikazitatanya.

13 Igituma yihungira ni uko ari umucancuro, intama ntizimushishikaze.

14-15 Ni jye mushumba mwiza. Uko Data anzi nanjye nkamumenya, ni ko nzi intama zanjye na zo zikamenya, ndetse nemera kuzipfira.

16 Mfite n’izindi ntama zitari izo muri uru rugo, na zo ngomba kuzitarura. Zizumva ijwi ryanjye maze hazabe umukumbi umwe uragiwe n’umushumba umwe.

17 “Igituma Data ankunda, ni uko nemera gutanga ubuzima bwanjye kugira ngo nzabusubirane.

18 Nta wubunyaga, ni jye ubutanga ku bushake bwanjye. Mfite ubushobozi bwo kubutanga n’ubwo kubusubirana. Ayo ni yo mabwiriza nahawe na Data.”

19 Ayo magambo yatumye Abayahudi bongera kwicamo ibice.

20 Benshi muri bo baravugaga bati: “Yahanzweho n’ingabo ya Satani. Kuki mukimutega amatwi?”

21 Ariko abandi bakavuga bati: “Iyo mvugo si iy’uwahanzweho. Mbese ingabo ya Satani ibasha guhumura impumyi?”

Abayahudi banga Yezu

22 I Yeruzalemu hari iminsi mikuru yo kwibuka Itahwa ry’Ingoro y’Imana, hakaba ari mu mezi y’imbeho.

23 Yezu yagendagendaga mu rugo rw’Ingoro y’Imana, munsi y’ibaraza ryitwa irya Salomo.

24 Abayahudi baramukikiza baramubaza bati: “Uzageza ryari kutwicisha amatsiko? Twerurire niba uri Kristo?”

25 Yezu arabasubiza ati: “Narabibabwiye ntimwabyemera. Ibyo nkora mu izina rya Data ni byo ntanze ho umugabo,

26 ariko ntimubyemera kuko mutari abo mu ntama zanjye.

27 Intama zanjye zumva ijwi ryanjye, ndazizi kandi na zo zirankurikira.

28 Nziha ubugingo buhoraho, ntizizigera zipfa kandi ntawe uzazinyambura.

29 Data wazimpaye aruta byose, ntawe ubasha kuzimwambura.

30 Jyewe na Data turi umwe.”

31 Abayahudi bongera gutora amabuye kugira ngo bayamutere.

32 Ubwo Yezu arababwira ati: “Nabagaragarije ibyiza byinshi Data yantumye gukora. Ni ikihe muri ibyo gituma muntera amabuye?”

33 Abayahudi baramusubiza bati: “Igikorwa cyiza si cyo gituma tugutera amabuye, ahubwo ni uko utuka Imana kuko uri umuntu ariko ukigira Imana.”

34 Yezu arabasubiza ati: “Mbese ntibyanditswe mu Mategeko yanyu ko Imana yavuze ngo muri imana?

35 Tuzi ko Ibyanditswe bidakuka. Ba bantu babwiwe Ijambo ryayo, Imana ubwayo ni yo yabise imana.

36 None se kuki munshinja gutuka Imana, ngo navuze ko ndi Umwana wayo kandi ari jye Data yitoranyirije akantuma ku isi?

37 Niba ntakora ibyo Data yanshinze ntimunyemere.

38 Ariko niba mbikora, naho mutanyemera nibura mwemere ibyo nkora, kugira ngo mumenye mudashidikanya ko Data ari muri jye nanjye nkaba muri Data.”

39 Icyo gihe bongera gushaka gufata Yezu, ariko abavamo arigendera.

40 Nuko Yezu asubira iburasirazuba bwa Yorodani, aho Yohani yahoze abatiriza ahamara iminsi.

41 Abantu benshi bagumya kumusangayo bakavuga bati: “Nubwo Yohani nta gitangaza yigeze akora kiranga ibye, ariko ibyo yavuze kuri uyu muntu byose byari ukuri.”

42 Nuko abantu benshi bari aho bemera Yezu.

—https://api-cdn.youversionapi.com/audio-bible-youversionapi/126/32k/JHN/10-cde48a52fac50f4137c28f33e047e513.mp3?version_id=387—