Categories
Yobu

Yobu 31

Ijambo rya nyuma rya Yobu

1 “Niyemeje kutarangamira inkumi,

nabyiyemeje mbikuye ku mutima.

2 Ni ayahe maherezo abantu bagenerwa n’Imana?

Ni uwuhe munani mu ijuru duteze kuri Nyirububasha?

3 Abagome abateganyiriza kurimbuka,

ese inkozi z’ibibi ntaziteza amakuba?

4 Imana izi imigenzereze yanjye,

izi n’aho njya hose.

5 Mu mibereho yanjye sinigeze mbeshya,

mu migenzereze yanjye sinigeze ndyarya.

6 Ngaho Imana nimpimishe umunzani utunganye,

bityo irasanga ndi inyangamugayo.

7 Niba narateshutse inzira yanyeretse,

niba narararuwe n’ibyo mbona,

niba hari ikibi ubwanjye nakoze,

8 icyo nzajya mbiba rubanda rujye rwisarurira,

imyaka yanjye ijye itsembwa mu butaka.

9 Niba narigeze ndarikira umugore w’undi,

niba naratitirije iwe ku muryango,

10 umugore wanjye azacyurwe n’undi,

azaryamane n’abandi bagabo.

11 Koko rero iryo ryaba ari ishyano,

cyaba ari icyaha nkwiye guhanirwa.

12 Icyo cyaha cyambera nk’umuriro ukongora,

umuriro warimbura n’ibyanjye byose.

13 Niba narakandamije umugaragu wanjye cyangwa umuja wanjye,

niba ntarabarenganuye bagire icyo bandega.

14 Nabigenza nte Imana impagurukiye?

Nayisubiza iki iramutse ibimbajije?

15 None se Imana yandemye si yo yabaremye?

Erega Imana yaturemye ni imwe!

16 Sinigeze nima umukene icyo ansabye,

sinigeze ntuma umupfakazi yiheba.

17 Sinigeze niharira ibyokurya,

sinabyihariye ngo nime impfubyi.

18 Nazibereye nk’umubyeyi kuva mu buto bwanjye,

narengeye abapfakazi kuva nkivuka.

19 Ntabwo naretse umukene ngo abure icyo yambara,

nta n’ubwo naretse umutindi nyakujya ngo abure icyo yiyorosa.

20 Bagiye banshimira ko nabambitse,

banshimiye ko mbasusurukije, mbahaye imyenda iboshywe mu bwoya bw’intama zanjye.

21 Niba naragiriye nabi impfubyi,

niba narayirengagije nishingikirije abacamanza,

22 urutugu rwanjye ruhwanyuke,

ukuboko kwanjye gukonyokere mu nkokora.

23 Koko rero igihano cy’Imana cyanteraga ubwoba,

ikuzo ryayo ryambuzaga gucumura bene ako kageni.

24 Sinigeze nishingikiriza ku izahabu,

nta n’ubwo nigeze niringira izahabu inoze.

25 Sinigeze nirata umutungo wanjye mwinshi,

nta n’ubwo nishimiye ubwinshi bw’ibyo nari ntunze.

26 Sinigeze ndamya izuba rirabagirana,

sinigeze ndamya ukwezi kugenda gushashagira.

27 Ntibyigeze bindarura ngo mbiramye,

sinigeze mbitegera amaboko ngo mbihe icyubahiro.

28 Byari kumbera icyaha nkwiye guhanirwa,

koko rero nari kuba nihakanye Imana nyir’ijuru.

29 Sinigeze nezezwa n’ibyago by’umwanzi wanjye,

sinigeze nishimira ko yagushije ishyano.

30 Sinigeze ncumura mu magambo,

sinigeze nsabira umwanzi wanjye gupfa.

31 Ni nde mushyitsi ntigeze ngaburira ngo ahage?

Abakozi banjye babihamya.

32 Nta mushyitsi nigeze ndaza hanze,

abacumbitsi bazaga iwanjye bisanga.

33 Sinigeze mpisha ibicumuro byanjye nk’abandi,

sinigeze nzinzika ibyaha mu mutima wanjye.

34 Sinigeze ntinya amagambo ya rubanda,

sinigeze ntinya ab’imiryango ikomeye,

naricecekeye nigumira iwanjye.

35 Icyampa nkagira untega amatwi!

Ngiryo ijambo ryanjye riheruka,

ahasigaye Nyirububasha nansubize.

Ikirego umuburanyi wanjye andega nicyandikwe.

36 Koko rero nzemera ngiheke ku ntugu,

nzagitamiriza nk’ikamba.

37 Nzamurikira Imana ibyo nakoze byose,

nzaba imbere yayo mfite ishema.

38 Niba ubutaka mpinga bwaranyamaganye,

niba n’amayogi yabwo narayababaje,

39 niba narariye umusaruro wabwo ntawurishye,

niba naricishije bene wo inzara,

40 ahagombaga kumera ingano hazamere amahwa,

ahagombaga kumera indi myaka hazamere kimari.”

Nuko Yobu amaze kuvuga atyo arekera aho.

Categories
Yobu

Yobu 32

Elihu yivanga mu mpaka za Yobu

1 Abo bagabo batatu barekera aho kuvugana na Yobu kuko yiyitaga intungane.

2 Nuko ibyo birakaza cyane Elihu mwene Barakeli ukomoka i Buzi, wo mu nzu ya Ramu, arakarira Yobu kubera ko yigira intungane kuruta Imana.

3 Elihu yarakariye kandi na za ncuti eshatu za Yobu, kubera ko zitashoboye kugira icyo zisubiza Yobu nubwo zavugaga ko ari umunyabyaha.

4 Kubera ko Elihu yari muto kuri bagenzi be, yategereje kuvugana na Yobu barangije.

5 Elihu abonye ko ba bagabo batatu batagifite icyo basubiza Yobu, ararakara.

Elihu atanga impamvu z’ijambo rye

6 Nuko Elihu mwene Barakeli ukomoka i Buzi aravuga ati:

“Jyewe ndacyari muto naho mwe musheshe akanguhe,

ni cyo cyatumye ntinya,

sinahangaye kubatangariza icyo ntekereza.

7 Naribwiye nti: ‘Reka ndeke abakuze bavuge,

reka abasheshe akanguhe batwungure ubwenge.’

8 Koko rero mu muntu wese harimo umwuka,

umwuka wa Nyirububasha utanga ubumenyi.

9 Abakuze si bo banyabwenge bonyine,

abasheshe akanguhe si bo bashishoza bonyine.

10 Ni cyo gituma mbabwira nti: nimuntege amatwi,

mureke mbabwire icyo ntekereza.

11 Dore naretse murabanza muravuga,

igihe mwashakashakaga icyo muvuga,

nateze amatwi ngo numve ibitekerezo byanyu.

12 Nitaye ku magambo yanyu,

nyamara nta wemeje Yobu ikosa rye,

nta n’uwabeshyuje ibyo yavuze.

13 Muramenye rero ntimuvuge muti: ‘Twungutse ubwenge,

nta muntu wamutsinda keretse Imana.’

14 Koko rero Yobu si jye yabwiraga ahubwo ni mwe,

nanjye simusubiza amagambo nk’ayanyu.

15 Dore murumiwe nta cyo musubiza,

amagambo yabashiranye.

16 Mbese ngumye ntegereze ko nta cyo muvuga?

Dore murihagarariye nta cyo musubiza.

17 Ni jye uramukiwe gusubiza,

reka mbabwire icyo ntekereza.

18 Koko rero amagambo arandwaniramo,

ndiyumvamo umuhati wo kuvuga.

19 Amagambo arambyiganiramo nk’inzoga ibira,

arenda kunturitsa nk’inzoga ituritsa ikibindi.

20 Nimureke mvuge maze noroherwe,

nimureke mfate ijambo nsubize.

21 Koko ntawe ndi bubere,

ntawe ndi bubembereze,

22 nta n’uwo ndi bucacure.

Mbigenje ntyo Iyandemye yankuraho.”

Categories
Yobu

Yobu 33

Elihu aravuga ko Imana iburira umuntu

1 “Yobu, tega amatwi wumve icyo nkubwira,

tega amatwi wumve amagambo yanjye.

2 Dore niteguye kuvuga ibyo ntekereza,

ururimi rwanjye nirugobodoke ruvuge.

3 Ndavuga amagambo andi ku mutima,

ibyo mvuga ni iby’ukuri.

4 Umwuka w’Imana ni wo wandemye,

umwuka wa Nyirububasha ni wo umbeshaho.

5 Nyomoza niba ubishobora,

kenyera duhangane.

6 Erega imbere y’Imana turi bamwe!

Nanjye naremwe mu mukungugu,

7 ntuntinye ngo uhinde umushyitsi,

ntutekereze ko nshaka kugukandamiza.

8 Nyamara nakwiyumviye uvuga,

numvise ibyo uvuga ugira uti:

9 ‘Jyewe ndaboneye nta cyaha nakoze,

ndi umwere sinacumuye.

10 Nyamara Imana inshakaho urwitwazo,

yamfashe nk’aho ndi umwanzi wayo.

11 Ntituma nishyira ngo nizane,

ihoza ijisho ku cyo nkoze cyose.’

12 Yobu, ibyo uvuga ntibitunganye,

Imana ntiburana n’umuntu kuko imuruta.

13 None se ni kuki uyigisha impaka?

Harya ngo ni uko idasubiza ibyo uyibaza byose?

14 Imana ivuga ikoresheje uburyo bwinshi,

nyamara umuntu ntiyita ku byo ivuga.

15 Ivuganira n’abantu mu nzozi no mu iyerekwa,

ivugana na bo basinziriye cyane,

ivugana na bo baryamye ku mariri yabo.

16 Izibura amatwi y’abantu,

ibaha imiburo ibakangaranya.

17 Bityo ivana abantu mu bikorwa byabo bibi,

ibakuramo ubwirasi,

18 irinda abantu kujya ikuzimu,

irinda abantu kwicwa.

19 Imana ikosorera umuntu mu bubabare bwe,

imuhanisha uburibwe bw’umubiri we,

20 bityo azinukwa ibyokurya,

ntagira ikimuryohera.

21 Arananuka agata isura,

amagufwa ye agasigara yanamye.

22 Koko rero agiye gupfa ashyirwe ikuzimu,

ubuzima bwe bugabijwe abicanyi.

23 Nyamara iyo habonetse umumarayika umugoboka,

iyo habonetse umwe mu bihumbi by’abamarayika,

yibutsa uwo muntu ibyo ashinzwe gukora,

24 amwingingira Imana ayibwira ati:

‘Mukize urupfu namuboneye incungu.’

25 Icyo gihe umubiri we ugarura itoto,

asubirana imbaraga zo mu buto bwe.

26 Nasenga Imana izamwumva,

azayiramya anezerewe,

na yo izamugarurire ubutungane bwe.

27 Azarangurura mu ruhame ati:

‘Naracumuye sinakora ibitunganye,

nyamara Imana yarambabariye,

28 yandinze kujya ikuzimu,

none ndacyari muzima.’

29 Ngibyo ibyo Imana igirira umuntu,

ibimugirira ityo incuro nyinshi.

30 Nguko uko imurinda kujya ikuzimu,

nguko uko imugarurira ubuzima.

31 Yobu, huguka untege amatwi,

tuza maze ureke mvuge.

32 Niba ufite icyo unsubiza,

uvuge kuko nkwifuzaho ukuri.

33 Niba nta cyo uvuga ntega amatwi,

uceceke nkungure ubwenge.”

Categories
Yobu

Yobu 34

Elihu ashinja Yobu

1 Elihu arakomeza ati:

2 “Mwa banyabwenge mwe, nimwumve ibyo mbabwira,

mwa bahanga mwe, nimubyiteho.

3 Koko ugutwi gusesengura amagambo,

kuyasesengura nk’uko akanwa karobanura ibyokurya.

4 Nimureke dushishoze tumenye igikwiye,

turebere hamwe ikitubereye cyiza.

5 Yobu yivugiye ati: ‘Ndi intungane,

nyamara Imana yanga kundenganura.

6 Nubwo ncisha mu kuri simbura kwitwa umubeshyi,

nubwo ntacumuye yankomerekeje uruguma rwica.’

7 Hari ubwo mwigeze mubona umuntu umeze nka Yobu?

Ahinyura Imana nk’ugotomera amazi,

8 agirana ubucuti n’inkozi z’ibibi,

agirana umugenderano n’abagome.

9 Koko yaravuze ati:

‘Kumvira Imana ntacyo bimaze.’

10 Bantu mushyira mu gaciro, nimunyumve,

ntibibaho, Imana ntiyakora iby’ubugome,

ntibibaho, Nyirububasha ntiyagira nabi.

11 Imana yitura umuntu ibihwanye n’ibyo yakoze,

yitura buri wese ibihwanye n’imigenzereze ye.

12 Ni ukuri Imana ntiyakora iby’ubugome,

koko Nyirububasha ntiyaca urwa kibera.

13 Mbese haba hari undi wamushinze kugenga iyi si?

Ese haba hari undi wamushinze kugenga ibiyiriho byose?

14 Iyaba Imana yisubiragaho,

yakwisubiza umwuka w’ubuzima itanga,

15 bityo ibinyabuzima byose byarimbuka,

umuntu wese yasubira mu mukungugu.

16 Yobu, niba uzi ubwenge wite kuri ibi:

tega amatwi wumve ibyo nkubwira.

17 Mbese uwanga ubutabera yabasha gutegeka?

Mbese wahangara gushinja Imana nyir’ubutungane?

18 Ni yo yonyine ishobora kubwira umwami iti: ‘Nta cyo umaze’,

ishobora kubwira ibikomangoma iti: ‘Muri abagome.’

19 Ntitonesha abatware,

ntiyita ku bakire ngo ibarutishe abakene,

koko bose baremwe na yo.

20 Mu gicuku abantu bapfa amanzaganya,

abantu bagira ubwoba bagapfa,

abanyambaraga bapfa ntawe ubakojeje urutoki.

21 Imana ihoza ijisho ku migenzereze y’abantu,

koko aho banyuze hose iba ibareba.

22 Nta curaburindi ryahisha umunyabyaha,

ntiryamuhisha ngo Imana itamubona.

23 Nta gihe cyihariye Imana yashyiriyeho buri muntu,

nta gihe yashyizeho cyo kumucira urubanza.

24 Ijanjagura ibihangange itabaririje,

imyanya yabo ikayishyiramo abandi.

25 Koko izi neza ibyo bakora,

ibarimbura nijoro ikabajanjagura.

26 Ibahanira mu ruhame kubera ubugome bwabo.

27 Koko rero banze kuyoboka Imana,

birengagije amategeko yayo.

28 Bakandamije abakene batakira Imana,

bityo yumva gutaka kwabo.

29 Mbese itagize icyo ikora ni nde wayinenga?

Ishatse kwihisha ni nde wayibona?

Nyamara yita ku bantu no ku mahanga,

30 ibikora ishaka ko hatagira umugome widegembya,

ibikora ishaka ko hatagira uyobya rubanda.

31 Umuntu aramutse abwiye Imana ati:

‘Ndihannye sinzongera gukora icyaha,

32 ibyo ntabasha gusobanukirwa ujye ubinyigisha,

niba hari ikibi nakoze sinzongera kugikora.’

33 Mbese urabona Imana yabimuhanira?

Ubwo utemera ibyo ihitiremo, si jye uguhitiramo.

Ngaho rero mbwira icyo utekereza.

34 Abantu bazi gushishoza bazambwira,

abanyabwenge banyumva bazavuga bati:

35 ‘Yobu aravuga ibyo atazi,

aravuga amagambo atarimo ubushishozi.’

36 Icyampa ibigeragezo bya Yobu bikiyongera,

koko ibisubizo bye ni nk’iby’inkozi z’ibibi.

37 Icyaha yakoze acyongeyeho kwigomeka,

atumye natwe dushidikanya,

dore akomeje no gutuka Imana.”

Categories
Yobu

Yobu 35

Elihu ahamya ko Yobu avuga amahomvu

1 Elihu arakomeza ati:

2 “Yobu, uravuga uti: ‘Ku Mana ndi intungane’,

nyamara ntiwibwire ko ibyo ari ukuri.

3 Dore uravuga uti:

‘Kuba ntarakoze icyaha bimariye iki,

kuba ntaragikoze binyunguye iki?’

4 Noneho reka ngusubize,

ndagusubiza wowe n’incuti zawe.

5 Itegereze ijuru ugenzure ibicu,

koko birahanitse cyane ntiwabishyikira.

6 Iyo ukoze icyaha bitwara iki Imana?

Iyo ibicumuro byawe byisukiranya biyitwara iki?

7 Iyo uri intungane uba uyunguye iki?

Ese ni iki uba uyihaye?

8 Ubugome bwawe bubangamira abantu nkawe,

ubutungane bwawe ni bo bonyine bugirira akamaro.

9 Iyo abantu bakandamijwe cyane barataka,

batakamba bashaka ubakiza ibyo bikomerezwa.

10 Nyamara ntawe utakamba agira ati:

‘Mbese Imana yandemye iri he?

Ni yo iha abantu ubushobozi bwo kuyiririmbira mu gihe cy’akaga,

11 ni yo iduha ubuhanga buruta ubw’inyamaswa,

ni yo iduha n’ubwenge buruta ubw’inyoni.’

12 Barayitakambira ariko ntibasubiza,

ntibasubiza bitewe n’uko ari abirasi n’abagome.

13 Koko Imana ntiyumva amahomvu yabo,

Nyirububasha ntayitaho.

14 None se yakumva ite kandi uvuga ko utayibona?

Wayishyikirije ikirego cyawe tegereza igisubizo.

15 Utekereza ko Imana idahana,

ubona ko itita ku cyaha,

16 ni cyo gitumye wowe Yobu uvuga amahomvu,

urungikanya amagambo utazi icyo uvuga.”

Categories
Yobu

Yobu 36

Elihu agaragaza uko Imana yigisha abantu

1 Elihu akomeza agira ati:

2 “Ba wihanganye gato ngusobanurire,

ndacyafite ibyo nkubwira ku byerekeye Imana.

3 Nzakoresha ubwenge bwanjye bwose,

nzerekana ko Umuremyi wanjye ari umunyakuri.

4 Koko rero ibyo nkubwira si ibinyoma,

jyewe tuvugana mfite ubumenyi buhanitse.

5 Imana ni inyabubasha nyamara nta wisuzugura,

ububasha bwayo bushingiye ku bwenge bwayo buhanitse.

6 Ntireka umugome ngo arame,

ahubwo irenganura abanyamibabaro.

7 Ihora yita ku ntungane,

iziha kwicarana n’abami ku ntebe za cyami,

iziha kuganza ku ngoma iteka ryose zo zikikuza.

8 Iyo abantu baboheshejwe iminyururu,

iyo ingoyi z’umubabaro zibadanangiye,

9 Imana ibagaragariza impamvu zabyo,

ibahishurira ibyaha bakoranye ubwirasi.

10 Ibazibura amatwi kugira ngo bite ku nyigisho zayo,

irabihanangiriza kugira ngo bareke ibibi bakora.

11 Nibayumvira bakayiyoboka bazasazana ihirwe,

imyaka yo kubaho kwabo izarangwa n’ibyishimo.

12 Nibatayumvira bazarimburwa n’inkota,

bazarimbuka bazize kutagira ubwenge.

13 Abahakanamana babika inzika mu mitima yabo,

nubwo Imana yabahana ntibayitakambira,

14 bapfa umutima bakiri bato,

bakenyuka bazize ubusambanyi bweguriwe ibigirwamana.

15 Nyamara abanyamibabaro ibakirisha imibabaro yabo,

mu makuba yabo ibaha ubushishozi.

16 Nawe Imana yari yakurinze ibyago,

yari yaraguhaye gutengamara nta kikubangamira,

ameza yawe yabaga yuzuye ibyokurya biryoshye.

17 Urubanza waciraga abagome ni rwo waciriwe,

igihano n’ubutabera bikugezeho.

18 Uramenye uburakari ntibugutere kwirata,

ubwinshi bw’impongano ntibukuyobye.

19 Ugutaka kwawe ntikwakubuza kugira amakuba,

imbaraga zawe nta cyo zagufasha.

20 Ntukifuze rya joro ry’urupfu,

ntukifuze iryo joro abantu bazarimbukamo.

21 Wirinde kwitabira gukora ibibi,

ni yo mpamvu y’ako kaga kose kugira ngo ubireke.

Ubuhangange bw’Imana

22 Ububasha bw’Imana buyihesha ikuzo,

ni uwuhe mwigisha uhwanye na yo?

23 Ni nde wahangara kubwira Imana icyo ikora?

Ni nde wakubahuka kuyibwira ati: ‘Ugize nabi.’

24 Ujye wibuka ibikorwa byayo,

wibuke ibyo yakoze abantu barata mu ndirimbo.

25 Ni ibikorwa abantu bose babona,

buri wese abibonera kure.

26 Koko rero Imana irakomeye,

nta wamenya igihe yabereyeho!

27 Ikurura ibitonyanga by’amazi,

ibihinduramo ibicu bikabyara imvura,

28 bityo imvura igwa ivuye mu bicu,

iyo mvura y’urujojo igera ku bantu.

29 Ni nde wasobanukirwa imitambagirire y’ibicu?

Ni nde wamenya imihindire y’inkuba?

30 Koko ikwiza imirabyo mu kirere,

ikuzimu h’inyanja hagacura umwijima.

31 Nguko uko Imana ikemura ibibazo by’amahanga,

iyaha ibyo kuyatunga bihagije.

32 Ifata imirabyo mu biganza byayo,

iyitegeka guhamya icyo iyiteje.

33 Uguhinda kw’inkuba kugaragaza ko Imana ije,

amatungo na yo arabimenya.”

Categories
Yobu

Yobu 37

1 “Ibyo bituma umutima wanjye udiha,

uransimbuka ukenda kuva mu gitereko.

2 Nimwumve ijwi ry’Imana ngo rirahinda,

nimwumve urwamo rwayo.

3 Yohereza imirabyo yayo igakwira ikirere,

umucyo wayo ukwira isi yose.

4 Nyuma y’imirabyo humvikana ijwi ry’Imana,

iryo jwi ritangaje rirahinda,

bityo ikohereza imirabyo.

5 Imana ihindisha ijwi ryayo mu buryo butangaje,

ikora ibitangaza tutabasha gusobanukirwa.

6 Itegeka amasimbi iti: ‘Nimugwe ku isi’,

itegeka n’imvura y’urujojo ikagwa ari umurindi.

7 Ihagarika ibikorwa by’abantu,

iba igira ngo bamenye ko ari yo yabaremye.

8 Icyo gihe inyamaswa zisubira mu ndiri yazo,

zihisha mu masenga yazo.

9 Inkubi y’umuyaga ituruka mu majyepfo,

imbeho y’ubutita igaturuka mu majyaruguru.

10 Imana ihuha ku mazi agahinduka urubura,

bityo amazi agahinduka urutare.

11 Ituma ibicu birēkamo imvura,

ituma bikwira birimo imirabyo.

12 Imana irabitegeka bikabuyera hirya no hino,

bizenguruka iyi si bisohoza imigambi yayo.

13 Ibyo ni byo Imana ihanisha abatuye ku isi,

ni na byo ikoresha ibagaragariza urukundo.

14 Yobu, tega amatwi ibyo nkubwira,

itonde maze uzirikane ibitangaza by’Imana.

15 Mbese uzi uko Imana igenga ibyo bicu?

Ni yo ituma imirabyo irabiriza mu bicu.

16 Mbese wari uzi impamvu ibicu bidahanuka mu kirere?

Ibyo bigaragaza ibitangaza by’ubuhanga bwayo buhebuje.

17 Mu gihe cy’ubushyuhe buzanwa n’umuyaga w’amajyepfo,

icyo gihe imyenda yawe iba ikotsa,

18 mbese ubwo wari gufasha Imana kubamba ijuru?

Ese wari kubasha kurikomeza nk’indorerwamo y’umuringa?

19 Twigishe icyo tuzabwira Imana,

twe nta cyo twavuga kuko nta cyo tuzi.

20 Mbese nayimenyesha ko nshaka kuvugana na yo?

Ese umuntu yakwifuza kurimburwa na yo?

21 Dore abantu ntibashobora kubona umucyo,

izuba rikingirijwe n’ibicu,

icyakora umuyaga uri bubihuhe ijuru ryeyuke.

22 Urumuri rurabagirana nk’izahabu ruturutse mu majyaruguru,

Imana ije yisesuye ikuzo riteye ubwoba.

23 Nyirububasha ntitubasha kumushyikira,

ni nyir’imbaraga n’ubutungane bihebuje,

ntajya arenganya abere.

24 Ni cyo gituma abantu bayitinya,

ntiyita ku bigira abanyabwenge.”

Categories
Yobu

Yobu 38

Uwiteka asubiza Yobu

1 Nuko Uhoraho avuganira na Yobu mu nkubi y’umuyaga, aramubaza ati:

2 “Uri muntu ki uhinyura imigambi yanjye?

Ni kuki uyihinyura uvuga amahomvu?

3 Noneho kenyera kigabo ukomeze,

ngiye kukubaza nawe unsubize.

Imana ni umugenga w’isi

4 Igihe naremaga isi wari uri he?

Ngaho mbwira niba ubijijukiwe.

5 Mbese waba uzi uwashyizeho ingero zayo?

Ni nde wafashe umugozi akayipima?

6 Mbese inkingi ihagazeho zishingiye ku ki?

Ese ibuye nsanganyarukuta ryashyizweho na nde,

7 igihe inyenyeri zo mu rukerera zaririmbaga zikiranya,

abamarayika bose bavuzaga impundu?

8 Ni nde wagomeye amazi y’inyanja kugira ngo atarenga inkombe?

Ni nde watumye apfupfunuka mu nda y’isi?

9 Inyanja nayambitse ibicu nk’umwambaro,

nayikenyeje ibicu byijimye.

10 Ni jye wayihaye imbibi ntarengwa,

narayigomeye kugira ngo itarenga inkombe.

11 Narayibwiye nti:

‘Jya ugarukira hano ntukaharenge,

imihengeri yawe ikaze izagarukira aha.’

12 Kuva wabaho wigeze utegeka ko bucya?

Wigeze utegeka umuseke igihe utambikira?

13 Mbese wigeze uwutegeka kubonekera iyo gihera?

Ese wawutegetse gukunkumura abagome bari ku isi?

14 Bityo isi ihinduka nk’ibumba bashyizeho kashe,

imera nk’iyisesuyeho umwambaro.

15 Abagome babura urumuri rwabamurikiraga,

ibikorwa byabo by’urugomo bikaburiramo.

16 Mbese wigeze ugera ku isōko y’inyanja?

Wigeze ugendagenda ikuzimu hayo?

17 Mbese wigeze ubona amarembo y’ahagana ikuzimu?

Waba warabonye amarembo y’isi y’abapfuye?

18 Mbese waba uzi uko ingero z’isi zingana?

Ngaho nsubiza niba ibyo byose ubizi.

19 Mbese uzi aho umucyo uturuka?

Ese uzi aho umwijima ukomoka?

20 Mbese wabasha kubijyana aho bikomoka?

Ese uzi akayira kagana aho bituye?

21 Reka ubimenye ahari wabitanze kubaho,

erega nta mugayo ubayeho igihe kirekire!

22 Mbese wigeze ubona ikigega amasimbi abikwamo?

Ese wabonye ikigega cy’urubura?

23 Byombi nabizigamiye igihe cy’amakuba,

nabizigamiye igihe cy’imirwano n’icy’intambara.

24 Mbese uzi inzira imirabyo inyuramo kugira ngo ikwire?

Umuyaga w’iburasirazuba ukwira ku isi uvuye he?

25 Ni nde waciye imiyoboro imvura inyuramo?

Ni nde waciriye inkuba inzira ihindiramo?

26 Ni nde ugusha imvura ahadatuwe?

Ni nde uyigusha mu butayu?

27 Ni nde uvomerera agasi karimo ubusa?

Ni nde uhameza ibyatsi bitoshye?

28 Mbese imvura igira se uyibyara?

Ikime cyo kibyarwa na nde?

29 Mbese amasimbi agira nyina uyabyara?

Ikime cy’ubunyinya cyo gikomoka kuri nde?

30 Ni nde utuma amazi akomera nk’ibuye?

Ni nde uhindura inyanja barafu?

31 Mbese wabasha gukoranya inyenyeri zitwa Puleyadi zitera ibishashi?

Ese wabasha guhambura imigozi izirikanyije izitwa Oriyoni?

32 Mbese ni wowe utuma inyenyeri zibonekera igihe cyazo?

Ese wabasha kuyobora izitwa Ikirura n’izizishagaye?

33 Mbese uzi amategeko agenga ijuru?

Ese wabasha kuyahindura akagenga isi?

34 Mbese wabasha kurangurura ijwi ukageza ku bicu,

bityo ugahamagara imvura ikagwa?

35 Mbese imirabyo igenda ari uko uyohereje?

Hari ubwo se ikubwira iti: ‘Karame?’

36 Ni nde wahaye nyirabarazana ubwenge?

Ni nde wahaye isake kujijuka?

37 Ni nde ufite ubwenge bwatuma abarura ibicu,

ni nde ufite ubwenge bwatuma agusha imvura?

38 Ni nde wahindura umukungugu ukaba icyondo,

ni nde watuma ibinonko bikakaye bijwenga bikomatana?

Imana ni yo igenga n’inyamaswa

39 Mbese ni wowe uhigira intare y’ingore umuhigo?

Ese ni wowe umara ipfa ibyana byayo,

40 igihe byibundiye mu ndiri yabyo,

igihe biri mu gico byubikiriye umuhigo?

41 Ni nde ushakira igikona ibyokurya?

Ni nde ubigishakira igihe ibyana byacyo bintakambira,

ni nde ubishaka igihe bitakamba byabuze icyo birya?”

Categories
Yobu

Yobu 39

1 “Mbese uzi igihe ihene z’agasozi zibyarira?

Waba se waragenzuye igihe imparakazi zibyarira?

2 Mbese wabaze amezi zimara zihaka,

bityo ngo umenye igihe zibyarira?

3 Zica bugufi zikabyara,

zibyara icyo zahakaga.

4 Ibyana byazo bikurana imbaraga bikibera mu gasozi,

iyo bicutse biragenda ntibigaruke.

5 Ni nde washumuye indogobe y’agasozi?

Ni nde wayihaye uburenganzira bwo kujya aho ishaka?

6 Nayihaye ubutayu ngo ibubemo,

nyituza ku gasi kadatuwe.

7 Ntiyita ku rusaku rwo mu mijyi,

ntiyumva urusaku rw’umushumba.

8 Itambagira imisozi ishaka urwuri,

iyitambagira ishakashaka ubwatsi butoshye.

9 Mbese imbogo yakwemera kugukorera?

Yakwemerera se kurara mu kiraro cyawe?

10 Mbese imbogo wabasha kuyizirika?

Wabasha se kuyizirikaho ibisuka ngo iguhingire?

11 Mbese wakwishingikiriza imbaraga zayo,

bityo ukayegurira imirimo wagombaga gukora?

12 Mbese wakwizera ko yagusarurira imyaka?

Ese wakwiringira ko yayikwanikira ku mbuga?

13 Mbuni ikubita amababa yayo yishimye,

yishimira amababa n’amoya byayo bitatse ubwiza.

14 Nyamara itera amagi yayo ku butaka,

iyataba kure mu mukungugu,

15 ntizirikana ko umuntu yayakandagira,

ntinazirikana ko inyamaswa yayamenagura.

16 Ibyana byayo ibifata nabi nk’aho itabibyaye,

ntitekereza ko bipfuye yaba yararuhiye ubusa.

17 Koko mbuni sinayihaye ubwenge,

nta bujijuke nigeze nyigenera.

18 Nyamara ikuramo ikiruka,

isiga ifarasi n’uyigenderaho.

19 Mbese ifarasi ni wowe wayihaye imbaraga?

Ese ni wowe wayambitse umugara ku gikanu?

20 Mbese ni wowe wayihaye gusimbuka nk’inzige?

Yivugana ishema abantu bagakangarana.

21 Iraha ubutaka mu kibaya ikoresheje imbaraga,

ikataza ijya gusakirana n’umubisha.

22 Nta cyo itinya nta n’ikiyitera ubwoba,

ntikangwa n’inkota ngo isubire inyuma.

23 Uyicayeho akora mu mutana imyambi igakomangana,

amacumu n’ibihosho bikavumera.

24 Usanga isisibiranya ishaka gutema ikirere,

yumva ihembe ry’intambara ntikomwe imbere.

25 Iyo ihembe ry’intambara rivuze irīvuga,

ireha aho urugamba ruremye ikiri kure,

yumva urusaku rw’abakuru b’ingabo n’induru y’abarwana.

26 Mbese ni wowe wigishije agaca kuguruka?

Ese ni wowe wakigishije kuguruka cyerekeje mu majyepfo?

27 Mbese ni wowe utegeka kagoma gutumbagira?

Ese ni wowe uyitegeka kwarika ahirengeye?

28 Yibera mu bitare akaba ari ho irara,

ku isonga y’urutare ni ho itura mu mutekano.

29 Aho ni ho yubikirira icyo ishaka kurya,

amaso yayo akirabukwa kikiri kure.

30 Ibyana byayo ibihaza inyama n’amaraso,

aho intumbi ziri inkongoro ntizihatangwa.”

Categories
Yobu

Yobu 40

Yobu yongera gusubiza

1 Uhoraho abwira Yobu ati:

2 “Wowe Yobu, ugisha impaka Imana Nyirububasha,

ubwo umburanya ngaho nshinja.”

3 Nuko Yobu asubiza Uhoraho ati:

4 “Dore nta cyo ndi cyo, nagusubiza iki?

Reka nicecekere.

5 Maze kuvuga sinongera,

navuze byinshi nta cyo ndi bwongereho.”

Yobu ntashobora kwigereranya n’Imana

6 Nuko Uhoraho avuganira na Yobu mu nkubi y’umuyaga, aramubwira ati:

Uhoraho

7 “Noneho kenyera kigabo ukomeze,

ngiye kukubaza nawe unsubize.

8 Mbese urashaka gusesa ibyemezo nafashe?

Ese urashaka kunsīga icyaha ngo wigire intungane?

9 Mbese ufite ububasha nk’ubwanjye?

Ese ijwi ryawe ryakangaranya abantu nk’iryanjye?

10 Noneho ambara ikuzo n’ubuhangange,

ambara icyubahiro n’ubwiza.

11 Ngaho suka uburakari bwawe bukwire hose,

reba abirasi igitsure ubacishe bugufi.

12 Reba abishyira hejuru bacishwe bugufi,

rimbura abagome aho bari hose.

13 Basubize bose mu gitaka,

bahambe bose mu mva.

14 Ubwo ni bwo nzagushimagiza,

nibwo nzemera imbaraga zawe ziguha gutsinda.

Ibyerekeye imvubu

15 Itegereze imvubu,

narayiremye nk’uko nawe ari jye wakuremye,

itunzwe n’ibyatsi nk’inka.

16 Imbaraga zayo ziba mu matako,

ingufu zayo ziba mu gituza.

17 Umurizo wayo wagira ngo ni igiti cya sederi,

imirya yo ku matako yayo irasobekeranye.

18 Amagufwa yayo akomeye nk’impombo zikozwe mu muringa,

imbavu zayo zikomeye nk’umutarimba.

19 Mu byo naremye byose yo ni agahebuzo,

ni jye jyenyine ubasha kuyica kuko ari jye wayiremye.

20 Koko ibibaya biyibera urwuri irishamo,

inyamaswa zirwikinaguramo.

21 Yiryamira munsi y’amarebe,

yihisha mu ruseke rwo mu bishanga.

22 Amarebe ayikingira izuba,

ibiti bimera ku mugezi birayikingiriza.

23 Umuvumba ukaze w’uruzi ntuyitera ubwoba,

n’iyo rwayirengaho ihama hamwe.

24 Ese hari uwayifata igihe iri maso?

Ese hari uwayitega igafatwa izuru?

Ibyerekeye igikōko cyo mu nyanja

25 “Mbese warobesha urushundura igikoko nyamunini?

Ese ururimi rwacyo warurobesha umugozi?

26 Mbese wabasha kunyuza umugozi mu zuru ryacyo?

Ese wabasha gutoboza urwasaya rwacyo ururobo?

27 Mbese wibwira ko cyagusaba imbabazi?

Ese cyakubwira amagambo agucacura?

28 Mbese hari amasezerano cyagirana nawe,

igihe cyose kikiriho kikakubera inkoreragahato?

29 Mbese wagikinisha nk’ukinisha akanyoni?

Ese wakizirika ngo kibe igikinisho cy’abakobwa bawe?

30 Mbese abarobyi bazakigenera igiciro?

Babasha se kukigabanya abajya kugicuruza?

31 Mbese uruhu rwacyo wabasha kurupfumuza imyambi?

Ese igihanga cyacyo wagipfumaguza amacumu?

32 Uzagerageze kugishyiraho ikiganza,

nuzirikana uko cyakurwanya ntuzasubira.