Categories
Yobu

Yobu 11

Sofari abwira Yobu kugarukira Imana

1 Nuko Sofari w’Umunāmati aravuga ati:

2 “Mbese nta wagira icyo avuga kuri ibyo bigambo byose?

Erega kuvuga menshi si byo bigira umuntu intungane!

3 Ayo mateshwa si yo yacecekesha abantu.

Gukwena abantu kwawe si ko kwatuma udacyahwa!

4 Ndetse uravuga uti: ‘Inyigisho zanjye ziraboneye,

nanjye ubwanjye ntunganiye Imana.’

5 Icyampa Imana ikagira icyo ikubwira,

icyampa igafata ijambo ikakwisubiriza!

6 Yaguhishurira ibanga ry’ubwenge bwayo,

ni yo ifite ubwenge butangaje,

bityo wasobanukirwa ko Imana itaguhannye uko bikwiye.

7 “Mbese wabasha gucengera amayobera y’Imana?

Ese wabasha gucengera ububasha bwayo?

8 Wabigenza ute ko buri hejuru y’amajuru?

Wabusobanukirwa ute ko buri ikuzimu?

9 Uburebure bw’ububasha bwayo busumba isi,

ubugari bwabwo busumba inyanja.

10 Mbese Imana icakiye umuntu ikamujyana mu rukiko,

ni nde wayikoma imbere?

11 Koko rero imenya abantu b’imburamumaro,

ibyaha byabo ibibona itavunitse.

12 Indogobe y’ishyamba igize imico myiza,

umuntu w’igicucu na we yamenya ubwenge.

13 “Ngaho hinduka wihane,

rambura amaboko usenge Imana.

14 Waracumuye ntukongere bibaho,

reka ibibi ukora iwawe.

15 Bityo uzagendana ishema nta kimwaro,

nta kizakunyeganyeza nta cyo uzikanga.

16 Koko ntuzongera kwibuka ingorane zawe zose,

zizaba nk’umuvu w’amazi wahise.

17 Imibereho yawe izaba myiza kurusha amanywa y’ihangu,

umwijima uzaguhindukira nk’umuseke ukebye.

18 Uzagira umutekano wuzuye icyizere,

uzaba urinzwe ugubwe neza.

19 Uziruhukira ntawe uzakubangamira,

abantu benshi bazagushakaho ubutoni.

20 Amaso y’inkozi z’ibibi azahera mu kirere,

bazashaka aho bahungira bahabure,

nta kindi cyizere bazaba bagifite uretse gupfa.”

Categories
Yobu

Yobu 12

Yobu aravuga ko Imana ari inyagitugu

1 Nuko Yobu arabasubiza ati:

2 “Koko muri ijwi rya rubanda.

Mbese nimupfa abanyabwenge bazabura kubaho?

3 Nanjye mfite ibitekerezo nkamwe,

nta cyo mundusha.

Ese ibyo muvuga hari utabizi?

4 Incuti zanjye zampinduye urw’amenyo,

ziranyibasira nubwo ndi intungane n’umwere,

nyamara ntakambira Uhoraho nizeye ko anyumva.

5 Abadamaraye basuzugura abanyabyago,

basonga abageze aharindimuka.

6 Abanyarugomo baguwe neza mu mazu yabo,

abakora Imana mu jisho bamerewe neza,

ntibiringira Imana ahubwo biringira imbaraga zabo.

7 “Ngaho rero igira ku nyamaswa uzasobanukirwa,

igira ku nyoni uzaca akenge.

8 Itegereze isi uyigireho,

amafi yo mu nyanja na yo azagira icyo akwigisha.

9 Ni ikihe muri ibi biremwa byose kidasobanukiwe,

ni ikihe kitazi ko Uhoraho ari we wakiremye?

10 Ni we mugenga w’ubugingo bwa buri kiremwa,

ni we utuma buri muntu ahumeka.

11 Dore ugutwi ntigusesengura amagambo,

kuyasesengura nk’uko akanwa karobanura ibyokurya.

12 Ubwenge bugirwa n’abasaza,

ubushishozi bugirwa n’abakuze.

13 Nyamara Imana ni yo nyir’ubwenge n’ububasha,

ni yo nyir’inama n’ubushishozi.

14 “Icyo ishenye ntawe ugisana,

uwo ifunze ntawe umufungura.

15 Iyo yimanye imvura amapfa aracana,

yayigusha imivu y’amazi igakundura ubutaka.

16 Imana ni yo nyir’imbaraga n’ubutwari,

abashukwa n’abashuka abandi bose bari mu maboko yayo.

17 Irindagiza abanyabwenge,

abacamanza ibahindura ibicucu.

18 Inyaga abami ubutegetsi,

ibagira inkoreragahato.

19 Abatambyi ibagira abatindi,

abategetsi bakomeye irabahanantura.

20 Icecekesha abiringirwa,

abasaza ibambura ubushishozi.

21 Abanyacyubahiro ibakoza isoni,

abanyambaraga irabacogoza.

22 Ikuraho umwijima w’ikuzimu,

iwukuraho ikawusimbuza umucyo.

23 Ni yo ikomeza amahanga ikanayarimbura,

ni yo iyagūra hanyuma ikayarimbura.

24 Abategetsi bo ku isi ibagira ibipfamutima,

ibabuyereza mu kidaturwa kitagira inzira.

25 Barindagira mu mwijima w’icuraburindi,

ituma badandabirana nk’abasinzi.

Categories
Yobu

Yobu 13

Yobu ashaka kuganira n’Imana

1 “Koko rero ibyo byose narabyiboneye,

narabyiyumviye ubwanjye ndabisobanukirwa.

2 Ibyo muzi nanjye ndabizi,

nta cyo mundusha.

3 Ndashaka kwivuganira n’Imana Nyirububasha,

ndifuza kwiregura.

4 Mwebwe muri abanyabinyoma,

mwese muri nk’abaganga b’imburamumaro.

5 Icyampa mugaceceka rwose,

bityo mwaba mubaye abanyabwenge.

6 Nimwumve ibitekerezo byanjye,

nimwumve uko niregura.

7 Mbese mwibwira ko mukorera Imana muvuga amafuti?

Mwaba se muyivugira kandi muri abanyabinyoma?

8 Ese murashaka kuba mu ruhande rw’Imana?

Cyangwa se murashaka kuyiburanira?

9 Mbese ibagenzuye byababera byiza?

Ese murashaka kuyibeshya nk’ubeshya umuntu?

10 N’iyo mwabogama rwihishwa,

yabahana nta kabuza.

11 Mbese icyubahiro cyayo nticyabatera ubwoba?

Ese igitinyiro cyayo nticyabagwa gitumo?

12 Impanuro zanyu nta cyo zimaze ni nk’ivu,

ibisubizo byanyu bimeze nk’ibumba ntibifite ireme.

13 Nimuceceke mureke mvuge,

nimureke bibe uko byakabaye.

14 Niteguye gushyira ubugingo bwanjye mu kaga,

niteguye guhara amagara yanjye.

15 Nubwo Imana yanyica nta cyo nari maze,

nyamara nzakomeza kwiregura imbere yayo.

16 Ibi ni byo bizamviramo agakiza,

koko nta nkozi y’ibibi izahinguka imbere y’Imana.

17 Nimwite ku byo mbabwira,

mutege amatwi ibyo mbasobanurira.

18 Dore niteguye urubanza,

nizeye ko izamfata nk’umwere.

19 Mbese ni nde uza kunshinja?

Niba ahari ndemera kwicwa ncecetse.

20 “Mana, unyemerere ibintu bibiri gusa,

ni bwo nzatinyuka kuguhagarara imbere.

21 Undinde akaboko kawe kanshikamiye,

ureke kuntera ubwoba.

22 Erega numpamagara nzakwitaba!

Cyangwa reka nkubwire nawe unsubize.

23 Mbese ibicumuro n’ibyaha byanjye ni bingahe?

Nsobanurira ikosa n’icyaha nakoze.

24 Mbese kuki umpunza amaso?

Ese kuki umfata nk’umwanzi wawe?

25 Dore ndi nk’ikibabi kigurutswa n’umuyaga,

kuki untoteza?

Dore ndi nk’umurama wumye,

kuki umpiga?

26 Umfatira ibyemezo bikaze,

uzimbūra ibyaha nakoze nkiri umusore.

27 Ntutuma nishyira ngo nizane,

ugenzura intambwe zanjye zose,

uronda aho nshinze ikirenge.

28 Ndashanguka nk’igiti cyamunzwe,

meze nk’umwambaro wariwe n’inyenzi.

Categories
Yobu

Yobu 14

Imibereho mibi y’umuntu

1 “Umuntu abyarwa n’umugore,

amara iminsi mike yuzuyemo imibabaro.

2 Ameze nk’ururabyo rukura rugahita rwuma,

ameze nk’igicucu cyamagira.

3 Mana, kuki uhoza ijisho ku muntu nkanjye?

Kuki uhamagaza umuntu nkanjye ngo tuburane?

4 Mbese hari umwere wava mu muntu wanduye?

Ntibishoboka nta n’umwe.

5 Iminsi yo kubaho k’umuntu irabaze,

ni wowe wamubariye amezi,

wamugeneye igihe ntarengwa.

6 Reka kumugenzura yishyire yizane,

bityo yishime nk’umukozi urangije umurimo.

7 “Igiti gitemwe kigira icyizere ko kizongera gushibuka,

imishibu yacyo izongera ikure.

8 Nubwo imizi yacyo yasazira mu butaka,

nubwo igishyitsi cyacyo cyabora,

9 iyo kibonye amazi kirashibuka,

kimera amashami nk’ikikibyiruka.

10 Iyo umuntu apfuye imbaraga ze ziba zishize,

iyo umuntu apfuye ibye biba birangiye.

11 Uko amazi y’inyanja akama,

uko imigezi na yo ikama,

12 umuntu upfuye na we ntiyongera kubaho,

ntiyongera kubaho n’iyo ijuru ryavaho!

13 “Icyampa ukampisha ikuzimu,

icyampa ngo umpisheyo kugeza ubwo uzareka kundakarira.

Icyampa ukangenera igihe nzamarayo ukanyibuka.

14 Nyamara se umuntu wapfuye yongera kubaho?

Nzihanganira iminsi yose y’ububabare bwanjye,

nzihangana kugeza ubwo iyo minsi irangiye.

15 Bityo uzampamagara nanjye nkwitabe,

uzishimira kumbona jyewe uwo waremye.

16 Ubwo ni bwo uzita ku migendere yanjye,

ntuzaba ugikurikirana ibyaha byanjye.

17 Uzambabarira ibicumuro byanjye ubyibagirwe,

uzirengagiza ibyaha nakoze.

18 “Nyamara umusozi urariduka ugasandara,

urutare na rwo rushyiguka aho rwari ruri.

19 Uko amazi avungura amabuye,

uko imigezi ikundura ubutaka,

ni ko utsemba icyizere cy’umuntu.

20 Uramuhitana agapfa,

umuhindanya isura ukamwica.

21 Abana be bahabwa ikuzo ntabimenye,

iyo bacishijwe bugufi na bwo ntabimenya.

22 Amenya uburibwe bw’umubiri we gusa,

ariririra ubwe wenyine.”

Categories
Yobu

Yobu 15

Elifazi aravuga ko umunyarugomo atazarokoka

1 Nuko Elifazi w’Umutemani asubiza Yobu ati:

2 “Mbese umunyabwenge yavuga amagambo y’impfabusa?

Ese yakomeza kwishyiramo amagambo adafite ishingiro?

3 Mbese yakwireguza amagambo adafite akamaro?

Ese yakomeza kuvuga amagambo y’imburamumaro?

4 Erega noneho kubaha Imana ubikuyeho,

kuyisenga na byo urabibujije!

5 Gucumura kwawe ni ko kugutera kuvuga ibyo,

wiyemeje kuvuga nk’indyarya.

6 Ibyo uvuga ni byo bigucira urubanza ntabwo ari jye,

amagambo yawe ubwawe ni yo agushinja.

7 “Mbese Yobu, ni wowe wabanjirije abandi kuvuka?

Waba se waravutse imisozi itararemwa?

8 Mbese wumvise ibyavugiwe mu nama z’Imana?

Waba se warikubiye ubwenge bwose?

9 Icyo uzi twe tutazi ni iki?

Ni iki wamenya twe tudasanzwe tuzi?

10 Muri twe hari abasheshe akanguhe n’inararibonye,

ni bakuru baruta so.

11 Mbese ihumure Imana iguha ntirikunyuze?

Ese amagambo meza tukubwira ntakunyuze?

12 “Ni kuki umutima wawe uguhabya?

Ni kuki amaso yawe arebana uburakari?

13 Ni kuki urebana Imana umujinya?

Ni kuki uhangara kuyamagana?

14 Mbese koko umuntu yabasha kuba umwere?

Ese umuntu buntu yaba intungane ate?

15 Niba Imana itiringira abamarayika bayo,

niba ijuru atari ryiza imbere yayo,

16 umuntu wononekaye byamugendekera bite,

uwo muntu ugotomera ibyaha nk’unywa amazi?

17 “Ntega amatwi ngire icyo ngusobanurira,

ibyo nabonye ndabikubwira,

18 ndakubwira ibyo abanyabwenge bavuze,

ibyo ba sekuruza batagize ubwiru.

19 Ni bo Imana yari yaragabiye igihugu,

nta munyamahanga wari wabivanzemo.

20 Umugome ahorana uburibwe igihe cyose akiriho,

umunyagitugu azababazwa iteka ryose.

21 Amatwi ye ntahwema kumva ibimutera ubwoba,

n’iyo hari umutekano umubisha aramutera.

22 Ntiyiringira ko azarokoka urupfu,

koko azi ko inkota imutegereje.

23 Akubita hirya no hino ashaka ibyokurya,

azi ko urupfu rwe rwegereje.

24 Amakuba n’ishavu bimuhagarika umutima,

bimeze nk’umwami witeguye kugaba igitero.

25 Koko rero yarwanyije Imana,

asembura Nyirububasha.

26 Yirutse agamitse ijosi ajya kurwanya Imana,

yikingiye ingabo nini y’umutamenwa.

27 “Koko yari abyibushye mu maso yaramiramije,

ndetse yarahonjotse yarazanye ibicece,

28 nyamara yari atuye mu mijyi yasenyutse,

yabaga mu mazu adatuwe,

amazu yendaga kuriduka.

29 Uwo muntu ntazaba umukire,

ubukire bwe ntibuzaramba,

na we ubwe ntazatinda ku isi.

30 Ntateze guhunga urupfu,

umuriro uzakongora abamukomokaho,

umwuka uzamuvamo burundu.

31 “Ntakishuke yiringira ibitagira umumaro,

ibitagira umumaro ni cyo gihembo cye.

32 Ameze nk’ishami ryuma imburagihe,

ryuma ntiryongere gutoha ukundi.

33 Azamera nk’umuzabibu uhunguka imbuto zikiri mbisi,

amere nk’umunzenze uhunguka indabyo zawo.

34 Koko agatsiko k’abahakanamana kazazima,

inkongi y’umuriro izakongora amahema y’inkozi z’ibibi.

35 Batwita ubugizi bwa nabi bakabyara amakuba,

imitima yabo ni indiri y’ubutiriganya.”

Categories
Yobu

Yobu 16

Yobu yizera umurengezi uri mu ijuru

1 Nuko Yobu arabasubiza ati:

2 “Numvise amagambo menshi nk’ayo,

ihūmure mumpa riteza amakuba.

3 Mbese amagambo yawe y’impfabusa ntashira?

Ni iki kigutera gusubiza utyo?

4 Iyaba mwari mumeze nkanjye,

nanjye nari kuvuga nkamwe,

navuga amagambo menshi mbanegura,

nabazunguriza umutwe.

5 Inama nabagira zabakomeza,

bityo amagambo yanjye yabahumuriza.

6 “Nyamara iyo mvuze uburibwe bwanjye ntibucogora,

iyo niyumanganyije ngaceceka na bwo ntibushira.

7 Erega ubu Imana yaranjahaje,

abo mu rugo rwanjye bose yarabatsembye!

8 Iminkanyari yanteje ku mubiri ni cyo kimenyetso,

kunanuka kwanjye na ko ni ko kunshinja.

9 Imana irandakarira ikantanyaguza,

irandeba ikampekenyera amenyo,

ni umwanzi wanjye umpozaho ijisho.

10 Abantu barampagurukiye banyasamiye,

barantuka bakankubita inshyi,

biremye agatsiko kandwanya.

11 Imana yangabije abagizi ba nabi,

yanjugunye mu maboko y’abagome.

12 Yampungabanyije nari nguwe neza,

yamfashe ku gakanu iranshwanyaguza,

yangize imāshiro ry’imyambi yayo.

13 Imyambi inturuka impande zose,

impinguranya impyiko ikankomeretsa nta mpuhwe,

bityo indurwe yo mu mwijima wanjye ikisesa hasi.

14 Incakira nk’umurwanyi,

inkomeretsa incuro nyinshi.

15 Mpora nambaye imyambaro igaragaza akababaro,

nicara nigunze nubitse umutwe mu mukungugu.

16 Amaso yanjye yatukujwe no guhora ndira,

ibihenehene byayo byarirabuye,

17 nyamara ntawe nagiriye urugomo,

isengesho ryanjye ku Mana riraboneye.

18 “Wa si we, witwīkira amaraso yanjye,

reka ugutakamba kwanjye kumvikane.

19 Erega mfite umurengezi mu ijuru!

Koko rero umurengezi wanjye ari mu ijuru.

20 Incuti zanjye zo zirankoba,

nyamara jye ntakambira Imana, amarira ambunga mu maso.

21 Umurengezi wanjye nankiranure n’Imana,

nadukiranure nk’uko umuntu akiranura incuti ye.

22 Nangoboke iminsi yanjye ni mbarwa,

dore ngiye gupfa.

Categories
Yobu

Yobu 17

Yobu nta cyo acyizeye

1 “Umwuka wanjye ugiye guhera,

iminsi nagenewe kubaho irarangiye,

imva irantegereje.

2 Koko nkikijwe n’abakobanyi,

ubugome bwabo ntibutuma ngoheka.

3 Mana, ube ari wowe umbera umwishingizi.

None se ni nde wundi wanyishingira?

4 Incuti zanjye wazihinduye umutima ntizasobanukirwa,

ntukazikundire ko zinyigambaho.

5 Mbese ni nk’utumira incuti akazidabagiza,

naho abana be bicira isazi mu jisho.

6 “Imana yangize iciro ry’imigani,

bityo abantu bakancira mu maso.

7 Amaso yanjye ntakibona kubera ishavu,

ingingo zanjye zose zabaye ibishushungwe.

8 Abantu b’indakemwa birabatangaza,

naho umwere akarwanya abahakanamana.

9 Icyakora intungane ntizizatezuka ku migirire yazo,

abere na bo bazarushaho kubonera.

10 Ngaho mwebwe mwese nimugaruke,

nta munyabwenge n’umwe ndabona muri mwe.

11 “Iminsi yo kubaho kwanjye irashize,

imigambi yanjye irarangiye,

ibyifuzo byanjye biburiyemo.

12 Incuti zanjye ijoro ziryita amanywa,

naho umucyo zikawita umwijima.

13 Iyo nzirikanye ko iwanjye ari ikuzimu,

uburiri bwanjye bugasaswa mu icuraburindi,

14 mbwira imva nti: ‘Umbereye data’,

mbwira n’urunyo nti: ‘Uri mama cyangwa mushiki wanjye.’

15 None se icyizere cyanjye kiri he?

Ni nde uzi amaherezo yanjye?

16 Mbese icyo cyizere nzamanukana na cyo ikuzimu?

Ese nzajyana na cyo mu mva?”

Categories
Yobu

Yobu 18

Biludadi aravuga ko hari umutego ugenewe umugome

1 Nuko Biludadi w’Umushuwa asubiza Yobu ati:

2 “Muzareka kuvuga amagambo nk’ayo ryari?

Nimushyire mu gaciro maze tuganire.

3 Yobu, ni kuki udufata nk’amatungo?

Ni kuki wibwira ko turi ibicucu?

4 Erega uburakari bwawe buragukomeretsa!

Mbese wibwira ko isi izarimbuka kubera wowe?

Ese Imana izashyigure ibitare?

5 “Imibereho y’umugome izazima,

izamera nk’urumuri rucwekēreye.

6 imibereho y’abe izacura umwijima,

urumuri rwe ruzazima

7 Yagendanaga imbaraga none acitse intege,

imigambi ye bwite ni yo izamuhitana.

8 Ubwe azishorera yigushe mu mutego,

azawukandagiramo umucakire.

9 Umutego uzamufata agatsinsino,

ipfundo ryawo rizamuherana.

10 Umutego utezwe mu butaka uzamushibukana,

imbarutso yawo ihishe aho azanyura.

11 Ibitera ubwoba bimuturuka impande zose,

bimugenda runono aho ajya hose.

12 “Yari umunyambaraga none acogojwe n’inzara,

icyago na cyo kiramwugarije.

13 Icyo cyago kizamutemagura uruhu,

icyorezo simusiga kizamuguguna.

14 Azaturumburwa mu rugo rwe rwari mu mutekano,

azajyanwa guhangana na Rupfu uteye ubwoba.

15 Urugo rwe ruzahumanuzwa amazuku,

iwe hazigarurirwa n’undi.

16 Azamera nk’igiti cyumye,

cyumye gihereye mu mizi kugeza mu mashami.

17 “Ku isi ntawe uzongera kumwibuka ukundi,

izina rye rizibagirana mu gihugu hose.

18 Azamburwa ubuzima ashyirwe ikuzimu,

bityo azavanwa ku isi y’abazima.

19 Ntazasiga imbuto azazima,

nta wo mu nzu ye uzarokoka.

20 Ab’iburasirazuba n’iburengerazuba bazumva ibye,

bose bazabyumva bashye ubwoba.

21 Koko ayo ni yo maherezo y’inkozi z’ibibi,

ayo ni yo maherezo y’abatubaha Imana.”

Categories
Yobu

Yobu 19

Yobu yiringira umurengezi uzamugoboka

1 Nuko Yobu arabasubiza ati:

2 “Muzahereza he kunkura umutima?

Muzageza ryari kunshengura n’amagambo yanyu?

3 Dore bubaye ubwa cumi muntuka,

mbese kungirira nabi ntibibatera isoni?

4 Niba koko hari icyo nakosheje,

ikosa ni jye jyenyine ryabarwaho.

5 Niba koko mushaka kunyigamba ho,

niba munshinja ko ari jye wikojeje isoni,

6 nimumenye ko Imana ari yo yanteje aka kaga,

ni yo yamfatiye mu mutego wayo.

Ndataka kubera urugomo ngirirwa,

nyamara ntawe ungoboka.

7 Ndatabaza ariko sindenganurwa.

8 Yishe inzira kugira ngo ntabona aho nyura,

inzira yanjye yayikwijemo umwijima.

9 Imana ni yo yanyaze ikuzo ryanjye,

ni yo yanyambuye icyubahiro nari mfite.

10 Yambujije epfo na ruguru ndi nyakwigendera,

yamazemo icyizere meze nk’igiti kiranduranywe n’imizi.

11 Uburakari bwayo bwangurumaniyeho,

yamfashe nk’umwanzi wayo.

12 Ingabo zayo zishyira hamwe zintera,

zihangira inzira kugira ngo zingereho,

zigota inzu yanjye zigashinga ibirindiro.

13 “Yantandukanyije n’abavandimwe banjye,

abo twari tuziranye baranyirengagiza.

14 Bene wacu barantereranye,

incuti zanjye zaranyibagiwe.

15 Abashyitsi banjye n’abaja banjye bose bamfata nk’umunyamahanga,

babona nta cyo ndi cyo imbere yabo.

16 Mpamagara umugaragu wanjye ntanyitabe,

n’iyo namuhendahenda ntiyanyitaba.

17 Umugore wanjye ntiyihanganira umunuko wanjye,

abavandimwe banjye na bo baranyinuka.

18 Abana bato basigaye bansuzugura,

iyo ngize icyo mvuga bampa inkwenene.

19 Incuti zanjye zaranzinutswe,

abo nakundaga na bo barampindutse.

20 Uruhu rwanjye rwumiye ku magufwa,

nsigaye nanitse amenyo gusa.

21 “Ncuti zanjye, nimundebane impuhwe, nimumbabarire.

Erega ukuboko kw’Imana kwaranshegeshe!

22 Mbese kuki muntoteza nk’Imana?

Ese ntimurambirwa kungirira nabi?

23 Iyaba amagambo mvuga yandikwaga!

Iyaba yari yanditswe mu gitabo,

24 iyaba yari yandikishijwe umusyi w’icyuma,

iyaba yari aharatuwe ku rutare ngo atazasibangana.

25 “Nyamara nzi ko umucunguzi wanjye ariho,

amaherezo azaza ku isi andengere.

26 Uyu mubiri wanjye numara kubora,

nubwo nzaba ntakiwufite nzareba Imana.

27 Nzayirebera ubwanjye imbonankubone,

nzayirebesha amaso yanjye bwite atari ay’undi,

nubwo umutima wanjye unegekajwe no kuzayibona.

28 Muravuga muti: ‘Ese twamugirira nabi dute?’,

murongera muti: ‘Ni we wikururiye akaga.’

29 Namwe murajye mutinya inkota y’Uhoraho,

koko rero ararakara agahanisha inkota!

Bityo muzamenya ko azabacira urubanza.”

Categories
Yobu

Yobu 20

Sofari aravuga amakuba y’umugome

1 Nuko Sofari w’Umunāmati abwira Yobu ati:

2 “Ibitekerezo byanjye bindwaniramo,

biransunika ngo ngusubize,

koko singishobora kwihangana.

3 Numvise kuncyaha kwawe kunkojeje isoni,

ndatekereje nunguka icyo ngusubiza.

4 Zirikana uko Imana igenza abagome kuva kera kose,

uko ibagenza kuva igihe yaremaga umuntu.

5 Koko ibyishimo by’abagome bimara igihe gito,

umunezero w’abahakanamana nturamba.

6 Nubwo igihagararo cye cyakora ku ijuru,

umutwe we ugakabakaba ku bicu,

7 azashiraho burundu amere nk’amazirantoki ye,

abari bamuzi bazabaza bati:

‘Wa muntu ari he?’

8 Koko uwo muntu azamera nk’inzozi ziyoyoka,

azibagirana nk’inzozi za nijoro.

9 Uwari umuzi ntazongera kumuca iryera,

aho yari atuye ntihazamenyekana.

10 Abana be bazariha abakene ibyo yabambuye,

bityo azabyishyura mu mutungo we.

11 Nubwo akiyumvamo ubusore n’imbaraga,

uwo mugome azashyirwa ikuzimu.

12 Nubwo icyaha kimuryohēra,

nubwo yakomeza akakijundika,

13 nubwo yagumya akakinyunguta,

nubwo yakomeza akakijundika,

14 ibyo byokurya bizamugwa nabi,

bizamubera nk’ubumara bw’inzoka.

15 Umutungo w’abandi yariye azawuryozwa,

koko rero Imana izawumurutsa.

16 Yanyunyuje ubumara bw’inzoka,

ubwo bumara buzamwica.

17 Ntazongera kubona ya mavuta atemba nk’imigezi,

ntazongera kubona ya mata n’ubuki bitemba nk’inzūzi.

18 Ibyo yaruhiye azabisubiza atabiriye,

inyungu yahihibikaniye ntazazishimamo.

19 Koko yakandamije abakene ntiyabitaho,

yigaruriye n’amazu atigeze yubaka.

20 Koko rero ahorana umururumba ntanyurwe,

nta na kimwe cyo mu mutungo we azizigamira.

21 Nta kintu cyamutakobwa atagiconshomeye,

bityo ukugubwaneza kwe ntikuzaramba.

22 Nubwo azaba akungahaye ishavu rizamushengura,

nta cyago na kimwe kizamurenga.

23 Ubwo azaba ahugiye mu kuzuza inda ye,

Imana izamusukaho uburakari bwayo bukaze,

izabimuhundazaho bimubere ifunguro.

24 Azizibukira inkota,

umwambi w’umuringa uzamuhinguranya.

25 Azikura umwambi wamuhinguranyije,

uzamuhinguranya umwijima agire ubwoba bwo gupfa.

26 Umwijima w’icuraburindi uramutegereje,

umuriro udasanzwe uzamukongora,

akongoke we n’inzu ye yose.

27 Ijuru rizamushinja ibyaha bye,

isi na yo izamuhagurukira.

28 Ubukungu bwe buzayoyoka bushire,

bushire nk’ubutembanywe n’umwuzūre w’uburakari bw’Imana.

29 Ngayo amaherezo Imana yateganyirije umugome,

ngicyo igihano Imana yamugeneye.”