Categories
Yeremiya

Yeremiya 31

Abisiraheli bagaruka iwabo

1 Uhoraho aravuga ati:

“Igihe nikigera nzaba Imana y’imiryango yose y’Abisiraheli,

na bo bazaba abantu banjye.”

2 Uhoraho arakomeza ati:

“Abisiraheli bacitse ku icumu nabagiriye impuhwe,

nazibagiriye ubwo bari mu butayu,

bityo nabahaye ikiruhuko.”

3 Mu gihe cyashize Uhoraho yaratwigaragarije avuga ati:

“Nabakunze urukundo rudashira,

narabiyegerejembigiranye impuhwe.

4 Isiraheli we, nzakubaka bundi bushya,

uzasubirana ingoma zawe uzivuze,

uzagenda ubyina hamwe n’abanezerewe.

5 Uzongera utere imizabibu ku misozi y’i Samariya,

abazayihinga ni bo bazarya imbuto zayo.

6 Koko rero igihe kirageze,

igihe kirageze abarinzi bagiye kurangururira ku misozi ya Efurayimu,

bazarangurura bavuga bati: ‘Nimuze tujye i Siyoni,

nimuze dusange Uhoraho Imana yacu.’ ”

7 Uhoraho aravuze ati:

“Rubyaro rwa Yakobo, nimuririmbe munezerwe,

nimurangurure mwishimira ko Isiraheli isumbye amahanga.

Nimutangaze munezerewe muti:

‘Uhoraho kiza abantu bawe,

kiza abasigaye ba Isiraheli.’

8 Ngiye kubavana mu gihugu cy’amajyaruguru,

nzabakorakoranya bose mbakuye ku mpera z’isi.

Hazaba harimo impumyi n’ibirema, abagore batwite n’ababyaye,

bazagaruka ari benshi cyane.

9 Bazagaruka barira bantakambira,

nzabayobora mbahumuriza.

Nzabanyuza hafi y’imigezi,

nzabanyuza mu nzira itarimo inzitizi.

Nzayibanyuzamo kuko ndi Umubyeyi wa Isiraheli,

koko Efurayimu ni impfura yanjye.”

10 Mwa mahanga mwe, nimwumve Ijambo ry’Uhoraho,

nimuryamamaze mu bihugu bya kure muti:

“Uwatatanyije Abisiraheli ni we uzabakoranya,

azabarinda nk’uko umushumba aragira umukumbi we.

11 Koko Uhoraho yacunguye urubyaro rwa Yakobo,

yabagobotoye mu maboko y’abanyambaraga.

12 Bazaza baririmbana ibyishimo ku musozi Siyoni,

bazishimira ineza y’Uhoraho.

Bazishimira ingano na divayi n’amavuta,

bazishimira amatungo magufi n’amaremare.

Bazaba nk’umurima uvomererwa,

ntibazongera kubabara ukundi.

13 Abakobwa b’inkumi bazanezerwa babyine,

abasore n’abasaza bazidagadura.

Koko amaganya yabo nzayahindura umunezero,

nzabahumuriza, umubabaro nywuhindure ibyishimo.

14 Abatambyi nzabahaza ibinure,

abantu banjye nzabahaza ibyiza.”

Uko ni ko Uhoraho avuze.

Imbabazi Uhoraho agirira Isiraheli

15 Uhoraho aravuga ati:

“Induru yumvikaniye i Rama,

humvikanye n’amarira n’umuborogo mwinshi,

Rasheli araririra abana be,

yanze guhozwa kuko batakiriho.”

16 Nyamara Uhoraho aravuga ati:

“Rekera aho kurira wihanagure amarira,

koko imirimo yawe nzayiguhembera,

abana bawe bazagaruka bavuye mu gihugu cy’abanzi.

17 Hari ibyiringiro ku mibereho yawe y’igihe kizaza,

abana bawe bazagaruka mu gihugu cyabo.

18 Numvise amaganya y’urubyaro rwa Efurayimu bagira bati:

‘Waraduhannye turabyemera,

waduhannye nk’uhana ikimasa kitatojwe kumvira.

Tugarure tuzakugarukira,

koko uri Uhoraho Imana yacu.

19 Twari twarakwimūye none turihannye,

tumaze kumenya ikosa ryacu twisubiyeho.

Twakozwe n’isoni twicisha bugufi,

tugarutswe n’ibyo twakoze mu buto bwacu.’

20 Urubyaro rwa Efurayimu ni abana nkunda,

ni abana banjye natonesheje.

Iyo bibaye ngombwa ndabahana,

ndabahana nubwo mbahoza ku mutima.

Nkomeza kubakunda,

sinakwihanganira kutabagirira impuhwe.”

Uko ni ko Uhoraho avuze.

21 Nimwishyirireho ibimenyetso ku nzira,

nimuyishingeho ibyapa bibayobora,

nimuzirikane inzira ngari mwanyuzemo.

Rubyaro rwa Isiraheli, nimugaruke,

nimusubire mu mijyi yanyu.

22 Muzashidikanya kugeza ryari,

muzageza ryari rubyaro rwa Isiraheli rwigometse?

Dore Uhoraho agiye kurema ikintu gishya ku isi:

umugore ni we uzarinda umugabo.

U Buyuda buzagarura ubuyanja

23 Uhoraho Nyiringabo Imana y’Abisiraheli aravuga ati: “Nimara kubagarura mu gihugu cyabo, abantu bo mu Buyuda no mu mijyi bazongera bavuge bati:

‘Uhoraho nabahe umugisha,

nawuhe Ingoro yamweguriwe,

nawuhe umusozi yitoranyirije.’

24 “Abantu bo mu Bayuda no mu mijyi yaho yose, abahinzi n’abashumba bazatura hamwe.

25 Nzahembura abishwe n’inyota, nzaramira abishwe n’inzara.”

26 Nyuma y’ibyo narakangutse menya ko nasinziriye neza.

27 Uhoraho aravuga ati: “Igihe kizagera, ubwo nzagwiza abantu n’amatungo mu gihugu cya Isiraheli n’icy’u Buyuda.

28 Nk’uko nitaye ku kurandurwa, ku ihirikwa no ku irimburwa ryabo, ni na ko nzita ku iyubakwa ryabo no gukomera kwabo.

29 Icyo gihe abantu ntibazongera kuvuga bati: ‘Ababyeyi bariye imizabibu isharira, amenyo y’abana babo arangirika.’

30 Ahubwo buri wese azapfa azize icyaha cye, kandi umuntu wese urya imizabibu isharira amenyo ye azangirika.”

31 Uhoraho aravuga ati: “Dore igihe kigiye kugera ngirane Isezerano rishyan’Abisiraheli n’Abayuda.

32 Ntabwo rizaba rimeze nk’irya keranagiranye na ba sekuruza igihe nabafataga akaboko nkabavana mu Misiri, kuko bo bishe Isezerano ryanjye nubwo ndi umuyobozi wabo. Ni jye Uhoraho ubivuze.

33 Noneho ngiri Isezerano nzagirana n’Abisiraheli nyuma y’icyo gihe: nzabacengezamo amategeko yanjye nyandike mu mitima yabo, nzaba Imana yabo na bo bazaba abantu banjye.

34 Ntawe uzongera kwigisha mugenzi we cyangwa umuvandimwe we ati: ‘Menya Uhoraho’, kuko bose bazamenya uhereye ku muto ukageza ku mukuru. Nzabababarira ibicumuro byabo kandi ibyaha byabo sinzabyibuka ukundi.”

35 Uhoraho ategeka izuba ngo ribe urumuri rw’amanywa,

ategeka ukwezi n’inyenyeri ngo bimurike nijoro.

Atuma inyanja yihinduriza n’umuraba ugahorera,

uwo ni we Uhoraho Nyiringabo.

36 Uhoraho aravuga ati: “Niba aya mateka aramutse atabayeho,

Isiraheli na yo ntizongera kubaho iteka ryose.

37 Niba ijuru rishobora gupimwa,

niba imfatiro z’isi zamenyekana,

nanjye nzatererana Abisiraheli bose mbaryoza ibyo bakoze.”

38 Uhoraho aravuga ati: “Igihe kizagera, ubwo uyu mujyi wa Yeruzalemu uzongera kunyubakirwa, uhereye ku Munara wa Hananēli ukageza ku Irembo ry’Inguni.

39 Umugozi wo gupimisha uzongera kuramburwa kugera ku musozi wa Garebu, ukomeze uzenguruke i Gowa.

40 Akabande kose gahambwamo abapfu kakajugunywamo n’imyanda, n’imirima yose yegereye akagezi ka Kedironi kugeza ku nguni y’Irembo ry’Amafarasi rigana iburasirazuba, aho hose hazegurirwa Uhoraho. Umurwa ntuzongera kwangizwa cyangwa gusenywa ukundi.”

Categories
Yeremiya

Yeremiya 32

Yeremiya agura umurima

1 Ijambo ry’Uhoraho ryageze kuri Yeremiya mu mwaka wa cumi Sedekiya ari ku ngoma mu Buyuda, ari wo mwaka wa cumi n’umunani w’ingoma ya Nebukadinezari.

2 Icyo gihe ingabo z’umwami wa Babiloniya zari zigose Yeruzalemu, n’umuhanuzi Yeremiya yari afungiye mu rugo rwa gereza yari mu ngoro y’umwami w’u Buyuda.

3 Sedekiya umwami w’u Buyuda yari yarafunze Yeremiya amuhora ibyo yahanuye ngo Uhoraho yavuze ati: “Uyu mujyi ngiye kuwugabiza umwami wa Babiloniya awufate.

4 Sedekiya umwami w’u Buyuda ntazava mu nzara z’Abanyababiloniya, ahubwo azagabizwa umwami wabo. Bazavugana imbonankubone.

5 Uwo mwami azajyana Sedekiya i Babiloni, agumeyo kugeza ubwo Uhoraho azasuzuma ibye. Nubwo Sedekiya yarwana n’Abanyababiloniya ntateze gutsinda.”

6 Yeremiya aravuga ati: “Uhoraho yambwiye ngo:

7 Hanamēli mwene data wacu Shalumu agiye kugusanga akubwire ati: ‘Gura umurima wanjye uri Anatoti kuko ari wowe muvandimwe wa bugufi ufite uburenganzira bwo kuwugura.’ ”

8 Nuko nk’uko Uhoraho yabivuze, Hanamēli mwene data wacu ansanga mu rugo rwa gereza arambwira ati: “Ndagusabye ngo ugure umurima wanjye uri Anatoti mu ntara y’Ababenyamini, kuko ari wowe ufite uburenganzira bwo kuwucungura no kuwutunga, none wigurire.” Ubwo menya ko ari Ijambo ry’Uhoraho.

9 Bityo ngura umurima wa Hanamēli mwene data wacu, umurima wari Anatoti, mwishyura ibikoroto cumi na birindwi by’ifeza.

10 Nandika icyemezo cy’ubuguzi ngiteraho kashe imbere y’abagabo, maze iyo feza nyipima ku minzani.

11 Hanyuma njyana cya cyemezo cyari giteyeho kashe, ari na cyo cyari gikurikije amategeko, mfata n’ikindi cyemezo kitariho kashe.

12 Ibyo byemezo byombi mbiha Baruki mwene Neriya mwene Mahaseya. Mbimuhera imbere ya mwene data wacu Hanamēli n’abagabo bari bashyize umukono kuri icyo cyemezo, n’imbere y’Abayuda bose bari bicaye mu rugo rwa gereza.

13 Mbwirira Baruki imbere yabo nti

14 “Uhoraho Nyiringabo Imana y’Abisiraheli aravuze ati: ‘Jyana ibi byemezo byombi by’ubuguzi, igiteye kashe n’ikitariho kashe, maze ubibike mu kibindi cy’ibumba kugira ngo bizamare igihe kirekire.’ ”

15 Koko Uhoraho Nyiringabo Imana y’Abisiraheli aravuze ati: “Amazu n’imirima hamwe n’imizabibu, bizongera kugurwa muri iki gihugu.”

Isengesho rya Yeremiya

16 Namaze guha Baruki mwene Neriya icyemezo cy’ubuguzi ndasenga nti:

17 “Nyagasani Uhoraho, waremesheje ijuru n’isi ububasha bwawe bukomeye, nta kintu na kimwe cyakunanira.

18 Wagaragarije abantu benshi ko ubakunda, nyamara uhana abana ubaziza ibicumuro by’ababyeyi babo. Ni wowe Mana ikomeye kandi ishobora byose. Uhoraho Nyiringabo ni ryo zina ryawe.

19 Imigambi yawe irakomeye n’ibyo ukora biratangaje. Wita ku migenzereze yose y’abantu maze ukabahemba ukurikije imyifatire yabo n’ibikorwa byabo.

20 “Kera wakoreye ibimenyetso n’ibitangaza mu gihugu cya Misiri, ndetse no muri iki gihe uracyabikora, haba mu Bisiraheli cyangwa mu mahanga yose. Ibyo byatumye uba ikirangirire kugeza n’ubu.

21 Wakuye ubwoko bwawe bw’Abisiraheli mu Misiri ubikoresheje ibimenyetso n’ibitangaza, wagaragaje imbaraga zawe n’ubushobozi bwawe biteye ubwoba.

22 Wabahaye iki gihugu wari wararahiye ko uzaha ba sekuruza, igihugu gitemba amata n’ubuki.

23 Baraje baracyigarurira, nyamara ntibakumvira ngo bakurikize Amategeko yawe. Ntibakoze ibyo wabategetse byose, bityo ubateza biriya byago byose.

24 “Dore Abanyababiloniya bazengurukije umurwa ibirundo by’ibitaka kugira ngo bawutere. None kubera inkota n’inzara n’icyorezo, bagiye gufata umurwa. Koko rero iryo wavuze ryaratashye nk’uko nawe ubyirebera.

25 Nyamara Nyagasani Uhoraho ni wowe wambwiye uti: ‘Shaka ifeza wigurire umurima kandi ubitorere abagabo.’ None dore umurwa ugiye kwigarurirwa n’Abanyababiloniya.”

Uhoraho asubiza Yeremiya

26 Uhoraho yongera kubwira Yeremiya ati:

27 “Ndi Uhoraho Imana y’abantu bose, nta cyananira.”

28 Noneho rero Uhoraho aravuga ati: “Uyu mujyi ngiye kuwugabiza Abanyababiloniya na Nebukadinezari umwami wabo, kandi bazawigarurira.

29 Abanyababiloniya bagose uyu mujyi bazawinjiramo bawutwike. Bazatwika n’amazu abantu batambiragamo ibitambo bya Bāli hejuru yayo, bakahaturira izindi mana amaturo asukwa ku buryo bandakaza.

30 “Kuva mu buto bwabo Abisiraheli n’Abayuda bakoze ibibi gusa, ndetse nta kindi Abisiraheli bakoze uretse kundakaza kubera ibigirwamana.

31 Kuva uyu mujyi wubakwa kugeza ubu, abawutuyemo barandakaje none niyemeje kuwurimbura,

32 kubera ibibi byose bikorwa n’Abisiraheli n’Abayuda, n’abami babo n’abayobozi babo, n’abatambyi babo n’abahanuzi babo, n’abantu bo mu Buyuda n’abaturage b’i Yeruzalemu ku buryo bandakaza.

33 Banteye umugongo nubwo ntahwemye kubigisha, ntibanteze amatwi ngo bakurikize inyigisho zanjye.

34 Ahubwo Ingoro yanyeguriwe bayishyizemo ibigirwamana byabo biteye ishozi, barayihumanya.

35 Bubatse ahasengerwa Bāli mu kabande ka Hinomu, batambira ikigirwamana Moleki abahungu babo n’abakobwa babo, kandi ntarigeze mbibategeka cyangwa ngo ntekereze ko bakora ikibi nk’icyo kiyobya Abayuda.”

Isezerano ry’ibyiringiro

36 None rero Uhoraho Imana y’Abisiraheli aravuga ati: “Yeremiya we, aba bantu baravuga ko uyu mujyi uzagabizwa umwami wa Babiloniya, akawutsembesha inkota n’inzara n’icyorezo.

37 Ngiye kubakoranyiriza hamwe mbavane mu bihugu byose nabatatanyirijemo, kubera uburakari n’umujinya bikomeye nabagiriye. Nzabagarura aha hantu bahature mu mahoro asesuye.

38 Bazaba abantu banjye, nanjye nzaba Imana yabo.

39 Nzabaha guhuza imigambi n’ibitekerezo bitume bahora banyubaha, kugira ngo bamererwe neza bo ubwabo n’abazabakomokaho.

40 Nzagirana na bo Isezerano rihoraho, sinzareka kubagirira neza. Nzabatoza kunyubaha kugira ngo batazanyimūra.

41 Nzashimishwa no kubagirira neza mbahe no gukomera muri iki gihugu, nzabikora mbikuye ku mutima.

42 “Nk’uko nateje aba bantu ibi byago byose bikomeye, ni ko nzabaha ibyiza byose nabasezeranyije.

43 Muri iki gihugu muvuga ko ari ikidaturwa, ntikibemo abantu n’amatungo kuko cyagabijwe Abanyababiloniya, imirima izongera igurwe.

44 Imirima izagurwa ifeza, handikwe ibyemezo biterweho kashe, bigire abagabo bo kubihamya. Ibi bizakorwa mu ntara y’Ababenyamini no mu nsisiro zikikije Yeruzalemu, no mu mijyi y’u Buyuda n’iyo mu misozi miremire, n’iyo mu misozi migufi y’iburengerazuba no mu majyepfo, kuko nzatuma bagarura ubuyanja.” Uko ni ko Uhoraho avuze.

Categories
Yeremiya

Yeremiya 33

Andi masezerano y’ibyiringiro

1 Igihe Yeremiya yari akiri mu rugo rwa gereza, Uhoraho yongeye kuvugana na we.

2 Uhoraho waremye isi akayitunganya kandi akayishyira mu mwanya wayo aravuga ati:

3 “Ntabaza nzagutabara nkwereke ibintu bitangaje kandi bihishwe, utigeze umenya.

4 Koko rero ibi ni byo Uhoraho Imana y’Abisiraheli avuga ku byerekeye amazu yo muri uyu mujyi n’ingoro z’abami b’u Buyuda byashenywe, kugira ngo babone uko barwanya aburirira ku birundo by’ibitaka bitwaje inkota.

5 Bashatse kurwanya Abanyababiloniya, nyamara ibyo byatumye uyu mujyi wuzura imirambo y’abo nicishije uburakari bwanjye. Bityo uyu mujyi nywutera umugongo kubera ubugome bw’abawutuye.

6 “Nubwo bimeze bityo nzita kuri uyu mujyi n’abawutuye, nzabaha ubuzima kandi mbahe amahoro asesuye n’umutekano.

7 Nzagarura Abayuda n’Abisiraheli bajyanywe ho iminyago, nzabasubiza imibereho bahoranye.

8 Nzabahanaguraho ibyaha byose bankoreye kandi nzabababarira ibyaha byabo n’ubugome bwabo.

9 Yeruzalemu izatuma nezerwa, izampesha ikuzo n’icyubahiro mu mahanga yose yo ku isi. Ayo mahanga niyumva ibyiza byose nakoreye abatuye Yeruzalemu, azagira ubwoba ahinde umushyitsi bitewe n’amahoro mpaye uyu mujyi.”

10 Uhoraho aravuga ati: “Muravuga muti: ‘Aha hantu hameze nk’ikidaturwa, ntihaba abantu n’amatungo.’ Ni koko mu mijyi y’u Buyuda no mu mayira y’i Yeruzalemu ntiharangwa abantu n’amatungo, nyamara hazongera kumvikana

11 amajwi y’ibyishimo n’umunezero, n’amajwi y’umukwe n’ay’umugeni, n’amajwi y’abazana ibitambo byo kunshimira mu Ngoro yanjye baririmba bati:

‘Nimushimire Uhoraho Nyiringabo kuko agira neza,

koko imbabazi ze zihoraho iteka ryose.’

“Koko rero iki gihugu nzagisubiza imibereho cyahoranye.”

Uko ni ko Uhoraho avuze.

12 Uhoraho Nyiringabo aravuga ati: “Muri iki gihugu kimeze nk’ikidaturwa, ntikibemo abantu n’amatungo, kizongera kigire inzuri abashumba baragiramo imikumbi yabo.

13 Mu mijyi yubatswe mu misozi miremire no mu misozi migufi y’iburengerazuba, mu mijyi yo mu majyepfo no mu ntara y’Ababenyamini, mu nsisiro zikikije Yeruzalemu no mu mijyi y’u Buyuda, abashumba bazongera babare amatungo yabo.”

14 Uhoraho aravuga ati: “Igihe kizagera nsohoze Isezerano nagiriye Abisiraheli n’Abayuda.

15 Icyo gihe nzatoranya umwami w’intungane mu rubyaro rwa Dawidi, azaharanira ukuri n’ubutungane mu gihugu.

16 Icyo gihe u Buyuda buzarokoka na Yeruzalemu ibe mu mutekano. Yeruzalemu izahimbwa ngo ‘Uhoraho ni we Murengezi wacu.’ ”

17 Uhoraho aravuga ati: “Ntihazigera habura uwo mu rubyaro rwa Dawidi uzaba umwami w’Abisiraheli.

18 Ntihazabura kandi abatambyi bo muryango wa Levi, bazampora imbere batamba ibitambo bikongorwa n’umuriro, n’amaturo y’ibinyampeke n’ibindi bitambo bya buri munsi.”

19 Uhoraho abwira Yeremiya ati:

20 “Niba mudashobora kwica Isezerano nashyizeho ryerekeye ijoro n’amanywa ngo bitabaho nk’uko nabigennye,

21 ni na ko mudashobora kwica Isezerano nagiranye n’umugaragu wanjye Dawidi, ko hatazigera habura mu rubyaro rwe uzaba umwami, kandi ko mu muryango wa Levi hatazabura abatambyi bo kunkorera.

22 Nk’uko inyenyeri n’umusenyi wo ku nyanja bidashobora kubarurwa, ni na ko nzagwiza abakomoka ku mugaragu wanjye Dawidi n’umubare w’abatambyi bakomoka kuri Levi.”

23 Uhoraho abwira Yeremiya ati:

24 “Mbese wumvise ibyo aba bantu bavuga? Baravuga ngo natereranye Abisiraheli n’Abayuda, imiryango ibiri nitoranyirije. Basuzugura ubwoko bwanjye bakabafata nk’aho atari abantu.

25 Jyewe Uhoraho nagiranye Isezerano n’amanywa n’ijoro, nshyiraho n’amategeko agenga ijuru n’isi.

26 Nk’uko nakoze ibyo, ni na ko nzakomeza Isezerano nagiranye n’urubyaro rwa Yakobo n’urw’umugaragu wanjye Dawidi. Nzatoranya umwe wo mu rubyaro rwa Dawidi, kugira ngo ategeke abakomoka kuri Aburahamu na Izaki na Yakobo. Nzagarura abajyanywe ho iminyago mbagirire imbabazi.”

Categories
Yeremiya

Yeremiya 34

Ubutumwa bwagenewe Sedekiya

1 Nebukadinezari umwami wa Babiloniya n’ingabo ze zose, hamwe n’abantu bose bo mu bihugu n’amahanga yose yategekaga, n’ibihugu byose yatwaraga bateye Yeruzalemu n’imijyi yose iyikikije. Icyo gihe Uhoraho yabwiye Yeremiya ati:

2 “Genda ubwire Sedekiya umwami w’u Buyuda uti: ‘Jyewe Uhoraho Imana y’Abisiraheli, ngabije uyu mujyi umwami wa Babiloniya kugira ngo awutwike.

3 Nawe Sedekiya ntuzamuva mu nzara, ahubwo azagufata mpiri akujyane iwe. Muzavugana imbonankubone hanyuma ujyanwe i Babiloni.’

4 None rero wowe Sedekiya umwami w’u Buyuda, umva Ijambo ry’Uhoraho: Ntuzicishwa inkota

5 ahubwo uzisazira amahoro, woserezwe imibavu nka ba sokuruza, abami bakubanjirije ku ngoma. Abantu bazakuririra bavuga bati: ‘Mbega ishyano! Umwami wacu yapfuye.’ ” Uko ni ko Uhoraho avuze.

6 Nuko Yeremiya ageza ubwo butumwa kuri Sedekiya umwami w’u Buyuda i Yeruzalemu,

7 ubwo ingabo z’umwami wa Babiloniya zarwanyaga Yeruzalemu n’imijyi y’u Buyuda ari yo Lakishi na Azeka. Ni yo mijyi ikomeye yonyine yari isigaye mu Buyuda.

Ubwigenge bw’amafuti bwahawe inkoreragahato

8 Umwami Sedekiya yagiranye n’abantu b’i Yeruzalemu amasezerano yo guha inkoreragahato ubwigenge. Uhoraho abwira Yeremiya ati:

9 “Buri wese agomba guha ubwigenge Umuheburayi w’inkoreragahato y’umugore cyangwa umugabo uri iwe. Ntihakagire uhindura inkoreragahato umuvandimwe we w’Umuyuda.”

10 Nuko abayobozi bose na rubanda bari bagiranye ayo masezerano, bemeranywa kureka inkoreragahato z’abagabo cyangwa z’abagore ngo zishyire zizane.

11 Nyamara hanyuma bisubiraho barazigarura bongera kuzikoresha imirimo y’agahato.

12 Uhoraho yongera kubwira Yeremiya ati:

13 “Uku ni ko jyewe Uhoraho Imana y’Abisiraheli mvuze: Nagiranye Isezerano na ba sokuruza, mbakura mu Misiri aho bari inkoreragahato. Ndababwira nti:

14 ‘Buri mwaka wa karindwi, umuntu wese ajye aha ukwishyira ukizana umuvandimwe we w’Umuheburayi yagize inkoreragahato mu myaka itandatu. Nyamara ba sokuruza ntibanyumviye ngo babyiteho.

15 Icyakora vuba aha mwarihannye mukora ibinogeye, buri wese yemera guha umuvandimwe we ukwishyira akizana. Ayo masezerano mwayagiriye mu Ngoro yanjye.

16 Nyamara hanyuma mwisubiyeho murantukisha, maze murongera mugarura za nkoreragahato z’abagabo n’abagore mwari mwarahaye kwishyira bakizana mubakoresha agahato.’ ”

17 None rero Uhoraho aravuga ati: “Ntimwanyumviye ngo muhe abavandimwe banyu ukwishyira bakizana. Bityo mwebwe ngiye kubaha ukwishyira mukizana kubakwiye, ari ko kubateza inkota n’icyorezo n’inzara. Nzabagira akabarore imbere y’amahanga yose yo ku isi.

18 “Abantu bishe Isezerano ryanjye, ntibakurikiza amabwiriza yaryo bemereye imbere yanjye. Nzabagenza nk’inyana y’igitambo batemyemo kabiri bakanyura hagati y’ibyo bice byombi.

19 Abayobozi b’Abayuda na Yeruzalemu, n’ibyegera n’abatambyi n’abaturage bose, banyuze hagati y’ibice bibiri by’inyana,

20 nzabagabiza abanzi babo bashaka kubica. Imirambo yabo izaba ibyokurya by’ibisiga n’inyamaswa.

21 Sedekiya umwami w’u Buyuda n’ibyegera bye nzabagabiza abanzi babo bashaka kubica, ndetse nzabagabiza n’ingabo z’umwami wa Babiloniya zari zasubiye inyuma, zireka kubarwanya.

22 Dore ngiye kuzitegeka zigaruke kuri uyu mujyi, zizawurwanye ziwigarurire ziwutwike. Nzatsemba imijyi yo mu Buyuda isigare ari umusaka.” Uko ni ko Uhoraho avuze.

Categories
Yeremiya

Yeremiya 35

Yeremiya n’abakomoka kuri Rekabu

1 Yoyakimu mwene Yosiya umwami w’u Buyuda akiri ku ngoma, Uhoraho yabwiye Yeremiya ati:

2 “Jya ku Barekabu, ubazane ubashyire mu cyumba kimwe cy’Ingoro yanjye maze ubazimanire divayi.”

3 Ndagenda nzana Yāzaniya mwene Yeremiya mwene Habasiniya, nzana n’abavandimwe be bose n’abahungu be bose n’abandi b’umuryango wa Rekabu bose.

4 Mbageza ku Ngoro y’Uhoraho, mu cyumba cya bene Hanani mwene Igidaliya umuntu w’Imana. Icyo cyumba cyari iruhande rw’icy’abayobozi, kikaba no hejuru y’icya Māseya mwene Shalumu warindaga Ingoro.

5 Nuko nzana ibibindi byuzuye divayi, nzana n’ibikombe mbishyira imbere y’abo Barekabu ndababwira nti: “Ngiyo Divayi nimunywe.”

6 Nyamara baransubiza bati: “Ntabwo tunywa inzoga, kuko sogokuruza Yonadabu mwene Rekabu yadutegetse ati: ‘Mwebwe n’abazabakomokaho ntimuzigera munywa inzoga.

7 Ntimuzubake amazu, ntimuzabibe imbuto cyangwa ngo muhinge imizabibu. Ntimugomba gukora ibyo byose ahubwo muzabe mu mahema igihe cyose muzabaho. Bityo muzaramira mu gihugu murimo nk’abimukira.’

8 Nuko rero twumviye ibyo sogokuruza Yonadabu mwene Rekabu yadutegetse byose. Ntitunywa inzoga twebwe n’abagore bacu n’abahungu bacu n’abakobwa bacu.

9 Ntitwubaka amazu, nta mizabibu cyangwa imirima tugira, ntitubiba n’imbuto.

10 Twibera mu mahema, twumviye ibyo sogokuruza Yonadabu yadutegetse.

11 Nyamara igihe Nebukadinezari umwami wa Babiloniya yateraga iki gihugu twaravuze tuti: ‘Reka twigire i Yeruzalemu duhunge ingabo z’Abanyababiloniya n’iz’Abanyasiriya.’ Ni yo mpamvu dutuye i Yeruzalemu.”

12-13 Nuko Uhoraho abwira Yeremiya ati: “Genda ubwire abantu bo mu Buyuda n’ab’i Yeruzalemu ko jyewe Uhoraho Nyiringabo Imana y’Abisiraheli mvuze nti: ‘Mbese mwebwe ntimushobora kumva inyigisho mbaha ngo muzikurikize?

14 Itegeko ryo kutanywa divayi Yonadabu mwene Rekabu yahaye abana be bararikurikije. Kugeza n’uyu munsi ntabwo banywa divayi kubera ko bumviye itegeko rya sekuruza. Nyamara jye sinahwemye kuvugana namwe, ariko ntimwigeze mwita ku byo mbabwira.

15 Sinahwemye kubatumaho abagaragu banjye b’abahanuzi, ngo babwire buri wese muri mwe areke imigenzereze ye mibi, avugurure imikorere ye, areke kuyoboka izindi mana. Nimugenza mutyo muzatura mu gihugu nabahaye, mwebwe na ba sokuruza. Nyamara ntimwigeze mubyitaho ngo munyumvire.

16 Bene Yonadabu mwene Rekabu bumviye icyo sekuruza yabategetse, nyamara mwebwe ntimwanyumviye.’

17 Ni cyo gituma Uhoraho Nyiringabo Imana y’Abisiraheli avuga ati: ‘Dore ngiye guteza abantu bo mu Buyuda n’ab’i Yeruzalemu ibyago byose nagambiriye, kubera ko nababwiye bakica amatwi, nabahamagara bakaninira.’ ”

18 Nuko Yeremiya abwira abakomoka kuri Rekabu ati: “Uhoraho Nyiringabo Imana y’Abisiraheli aravuze ati: ‘Kubera ko mwumviye itegeko rya sokuruza Yonadabu mugakomeza amabwiriza ye, kandi mugakora ibyo yabategetse byose,

19 Uhoraho Nyiringabo Imana y’Abisiraheli aravuze ngo Yonadabu mwene Rekabu ntazabura umwe mu bamukomokaho uzanyoboka iteka ryose.’ ”

Categories
Yeremiya

Yeremiya 36

Baruki yandika umuzingo w’igitabo

1 Mu mwaka wa kane Yoyakimumwene Yosiya ari ku ngoma mu Buyuda, Uhoraho yabwiye Yeremiya ati:

2 “Fata umuzingo w’igitabo, wandike amagambo yose nakubwiye yerekeye Abisiraheli n’Abayuda n’amahanga yose, guhera ku ngoma y’Umwami Yosiya ubwo natangiye kuvugana nawe kugeza uyu munsi.

3 Ahari Abayuda nibumva ibyago ngambiriye kubateza bazihana, bareke imigenzereze yabo mibi maze mbababarire ibicumuro byabo n’ibyaha byabo.”

4 Nuko Yeremiya ahamagara Baruki mwene Neriya, amusubiriramo amagambo yose Uhoraho yamubwiye, Baruki na we ayandika mu muzingo w’igitabo.

5 Hanyuma Yeremiya aha Baruki amabwiriza agira ati: “Jyewe mfite impamvu imbuza kujya mu Ngoro y’Uhoraho,

6 none wowe uzajyeyo ku munsi wo kwigomwa kurya, usomere abantu amagambo y’Uhoraho ari mu muzingo w’igitabo wanditse. Uzayasomere abantu bose baturutse mu mijyi yo mu Buyuda.

7 Ahari bazatakambira Uhoraho maze bareke imigenzereze yabo mibi, kuko uburakari n’umujinya Uhoraho abafitiye biteye ubwoba.”

8 Nuko Baruki mwene Neriya akora ibyo umuhanuzi Yeremiya yamutegetse byose, asomera mu rugo rw’Ingoro y’Uhoraho umuzingo w’igitabo wanditswemo amagambo y’Uhoraho.

9 Mu kwezi kwa cyendak’umwaka wa gatanu Yoyakimu mwene Yosiya umwami w’u Buyuda ari ku ngoma, ni bwo abantu bose b’i Yeruzalemu n’abo mu yindi mijyi y’u Buyuda batangaje umunsi wo kwigomwa kurya bari imbere y’Uhoraho, kugira ngo bamutakambire.

10 Nuko igihe abantu bari bateze amatwi bari mu rugo rw’Ingoro y’Uhoraho, Baruki asoma umuzingo w’igitabo warimo ya magambo yabwiwe na Yeremiya. Yawusomeye mu cyumba cya Gemariya mwene Shafani wari umunyamabanga w’ibwami. Icyo cyumba cyari mu nkike ya ruguru, hafi y’irembo ry’Ingoro y’Uhoraho.

Abayobozi basomerwa umuzingo w’igitabo

11 Mikaya mwene Gemariya akaba n’umwuzukuru wa Shafani, yumvise basoma amagambo yose y’Uhoraho nk’uko yanditswe mu muzingo w’igitabo,

12 ajya mu ngoro y’umwami mu cyumba cy’umwanditsi, aho abayobozi bose bari bakoraniye. Muri icyo cyumba hari umwanditsi Elishama na Delaya mwene Shemaya, na Elinatani mwene Akibori na Gemariya mwene Shafani, na Sedekiya mwene Hananiya n’abandi bayobozi bose.

13 Mikaya abatekerereza ibyo yumvise Baruki asomera abantu.

14 Nuko abayobozi batuma Yehuda mwene Netaniya mwene Shelemiya mwene Kushi ngo abwire Baruki ati: “Zana wa muzingo w’igitabo wasomeye abantu.”

Baruki mwene Neriya afata wa muzingo w’igitabo arawubashyira.

15 Baramubwira bati: “Icara maze uwudusomere.” Nuko Baruki arawubasomera.

16 Bamaze kumva ayo magambo yose bararebana maze barumirwa, babwira Baruki bati: “Aya magambo yose turayabwira umwami.”

17 Hanyuma baramubaza bati: “Dusobanurire uko wanditse aya magambo yose. Mbese ni Yeremiya wayakubwiye?”

18 Baruki arabasubiza ati: “Yeremiya ni we wayambwiye nyandika muri uyu muzingo w’igitabo nkoresheje wino.”

19 Abo bayobozi babwira Baruki bati: “Wowe na Yeremiya nimugende mwihishe, ntihazagire umenya aho muri.”

Umwami Yoyakimu atwika umuzingo w’igitabo

20 Abayobozi bamaze gushyira umuzingo w’igitabo mu cyumba cy’umwanditsi Elishama, baherako bajya ibwami maze batekerereza umwami ayo magambo yose.

21 Nuko umwami yohereza Yehudi kuzana wa muzingo w’igitabo, awukura mu cyumba cy’umwanditsi Elishama. Yehudi awusomera umwami n’abayobozi bose bari bahagaze iruhande rw’umwami.

22 Ubwo hari mu kwezi kwa cyendamu gihe cy’imbeho, umwami yicaye iruhande rw’umuriro.

23 Iyo Yehudi yamaraga gusoma ibika bitatu cyangwa bine, umwami yabikatishaga icyuma cy’umwanditsi akabijugunya mu muriro, kugeza ubwo umuzingo w’igitabo wose ukongotse.

24 Umwami n’ibyegera bye byose ntibigeze baterwa ubwoba n’ayo magambo, nta n’ubwo bigeze bashishimura imyambaro yabo.

25 Nyamara Elinatani na Delaya na Gemariya binginze umwami ngo areke gutwika uwo muzingo w’igitabo, ariko ntiyabumva.

26 Ahubwo umwami ategeka Yerahimēli umwana we, na Seraya mwene Aziriyeli na Shelemiya mwene Abudēli, gufata umwanditsi Baruki n’umuhanuzi Yeremiya, ariko Uhoraho arababahisha.

Yeremiya yandikisha undi muzingo w’igitabo

27 Umwami Yoyakimu amaze gutwika umuzingo w’igitabo warimo amagambo yanditswe na Baruki abwirijwe na Yeremiya, Uhoraho yabwiye Yeremiya ati:

28 “Fata undi muzingo w’igitabo wandikemo ya magambo yose yari muri wa wundi wa mbere, Yoyakimu umwami w’u Buyuda yatwitse.

29 Uzamubwire uti: ‘Uhoraho aravuze ngo watwitse uyu muzingo w’igitabo unshinja ko nanditsemo ko umwami wa Babiloniya azatera iki gihugu akakirimbura, agatsemba n’abantu n’amatungo bikirimo.’

30 None rero dore ibyo Uhoraho avuze ku byerekeye Yoyakimu umwami w’u Buyuda: nta n’umwe wo mu rubyaro rwe uzicara ku ntebe ya Dawidi. Umurambo we uzajugunywa ku gasozi waname ku zuba, utondweho n’ikime cya nijoro.

31 Nzamuhana we n’urubyaro rwe n’ibyegera bye mbahora ubugome bwabo. Byongeye kandi, bo n’ab’i Yeruzalemu n’abo mu Buyuda nzabateza ibyago nagambiriye, kuko mwanze kunyumvira.”

32 Nuko Yeremiya afata undi muzingo w’igitabo awuha umwanditsi Baruki mwene Neriya. Baruki yandikamo amagambo yose Yeremiya yamubwiye kwandika, nk’uko yari yanditse muri wa muzingo w’igitabo Yoyakimu umwami w’u Buyuda yatwitse. Ndetse bongeraho n’andi magambo menshi ameze nka yo.

Categories
Yeremiya

Yeremiya 37

Sedekiya agisha Yeremiya inama

1 Nebukadinezari umwami wa Babiloniya yimitse Sedekiya mwene Yosiya aba umwami w’u Buyuda, asimbura Yoyakini mwene Yoyakimu.

2 Nyamara Sedekiya n’ibyegera bye na rubanda, ntibita ku magambo Uhoraho yabatumyeho umuhanuzi Yeremiya.

3 Nuko Umwami Sedekiya yohereza Yehukari mwene Shelemiya n’umutambyi Zefaniya mwene Māseya ku muhanuzi Yeremiya, ngo bamubwire bati: “Ndakwinginze, udusabire ku Uhoraho Imana yacu.”

4 Icyo gihe Yeremiya yashoboraga kujya aho ashaka, kuko yari atarashyirwa muri gereza.

5 Abanyababiloniya bari bagose Yeruzalemu, ariko bavayo kuko bumvise ko ingabo z’umwami wa Misiri zavuye mu gihugu cyazo.

6 Nuko Uhoraho abwira umuhanuzi Yeremiya ati:

7 “Ibi ni byo jyewe Uhoraho Imana y’Abisiraheli nshaka ko umenyesha umwami w’u Buyuda wakuntumyeho. Umubwire uti: ‘Dore ingabo z’umwami wa Misiri zari zaje kugutabara, zizisubirira iwabo.

8 Bityo Abanyababiloniya bazagaruka batere uyu mujyi, bazawigarurira maze bawutwike.

9 None rero ntimuzishuke ngo mwibwire ko Abanyababiloniya bagiye ubutazagaruka, nyamara ntaho bazajya!

10 Nubwo mwatsinda ingabo zose z’Abanyababiloniya zibarwanya, inkomere zabo zasigara mu mahema yazo zabaduka zigatwika uyu mujyi.’ ”

Yeremiya afatwa agashyirwa muri gereza

11 Hanyuma ingabo z’Abanyababiloniya ziva muri Yeruzalemu kugira ngo zihunge Abanyamisiri.

12 Yeremiya ava i Yeruzalemu ajya mu ntara y’Ababenyamini, kuko yashakaga guhabwa umugabane muri bene wabo.

13 Nyamara ageze ku Irembo rya Benyamini, umutware w’abasirikari barindaga aho, ari we Iriya mwene Shelemiya mwene Hananiya aramufata, aramubaza ati: “Ni ko ye, uhungiye mu Banyababiloniya?”

14 Yeremiya aramusubiza ati: “Oya! Simpungiye mu Banyababiloniya.” Nyamara Iriya ntiyamwumva ahubwo aramufata amushyira abayobozi.

15 Abayobozi barakarira Yeremiya cyane, baramukubita bamufungira mu nzu y’umwanditsi Yonatani bari barahinduye gereza.

16 Ubwo Yeremiya afungirwa mu kasho kari mu nzu yo hasi, ahamara igihe kirekire.

17 Nuko Umwami Sedekiya aramutumiza, amubariza mu ngoro ye biherereye ati: “Mbese hari icyo Uhoraho yakubwiye?”

Yeremiya aramusubiza ati: “Yee. Uzagabizwa umwami wa Babiloniya.”

18 Hanyuma Yeremiya abaza Umwami Sedekiya ati: “Ni cyaha ki nagukoreye cyangwa nakoreye ibyegera byawe cyangwa rubanda, cyatumye munshyira muri iriya gereza?

19 Bari hehe ba bahanuzi baguhanuriye ko umwami wa Babiloniya atazagutera, cyangwa ngo atere iki gihugu?

20 None rero ndakwinginze nyagasani, unyemerere ngire icyo ngusaba: ntuzansubize muri gereza yo mu nzu y’umwanditsi Yonatani kugira ngo ntazayipfiramo.”

21 Sedekiya ategeka ko Yeremiya arindirwa mu rugo rwa gereza, abatetsi b’imigati bakajya bamuha umugati buri munsi, kugeza ubwo nta migati izaba ikirangwa mu mujyi. Nuko Yeremiya aguma mu rugo rwa gereza.

Categories
Yeremiya

Yeremiya 38

Yeremiya ajugunywa mu iriba ryakamye

1 Shefatiya mwene Matani na Gedaliya mwene Pashehuri, na Yehukali mwene Shelemiya na Pashehuri mwene Malikiya bumva uko Yeremiya yabwiraga rubanda rwose ati:

2 “Uhoraho aravuga ati: ‘Uzasigara muri uyu mujyi azicishwa inkota cyangwa inzara cyangwa icyorezo. Nyamara uzawusohokamo akifatanya n’Abanyababiloniya azabaho, yishimire ko yarokotse.’

3 “Uhoraho arongera ati: ‘Uyu mujyi uzagabizwa ingabo z’umwami wa Babiloniya ziwigarurire.’ ”

4 Nuko abo bayobozi babwira umwami bati: “Uyu muntu akwiriye gupfa, kuko aca intege ingabo zisigaye muri uyu mujyi, ndetse n’abantu bose iyo ababwira bene aya magambo. Koko uyu muntu nta cyiza yifuriza abantu uretse ibibi.”

5 Sedekiya arabasubiza ati: “Dore uwo muntu ari mu maboko yanyu, simbabujije mumukoreshe icyo mushaka.”

6 Nuko abo bayobozi bafata Yeremiya bamushyira mu iriba ryari irya Malikiya umwana w’umwami, ryari ryubatse mu rugo rwa gereza. Bamumanurishije imigozi, bamushyira muri iryo riba ryari ryarakamye ririmo isayo gusa. Nuko Yeremiya aguma muri iyo sayo.

7 Ebedimeleki umwe mu Banyakushi b’inkone wakoraga ibwami, yumva ko bashyize Yeremiya mu iriba. Icyo gihe umwami yari yicaye ku Irembo rya Benyamini.

8 Ebedimeleki arahamusanga aramubwira ati:

9 “Nyagasani, ibyo aba bantu bakoreye umuhanuzi Yeremiya byose ni ubugome. Dore nawe bamujugunye mu iriba, azicirwamo n’inzara kuko nta cyo kurya kikirangwa mu mujyi.”

10 Nuko umwami ategeka Ebedimeleki w’Umunyakushi ati: “Fata abantu mirongo itatu, maze mugende muvane umuhanuzi Yeremiya mu iriba atarapfa.”

11 Ebedimeleki ajyana n’abo bantu bajya ibwami mu nzu ibikwamo ibintu, akuramo imyenda ishaje n’ibiremo bishaje, abimanuza imigozi abihereza Yeremiya mu iriba.

12 Ebedimeleki w’Umunyakushi abwira Yeremiya ati: “Fata iyo myenda ishaje n’ibyo biremo, ubishyire mu maha yawe yombi maze ubifatishe iyo migozi.” Nuko Yeremiya abigenza atyo.

13 Hanyuma bamukuruza imigozi bamuvana muri iryo riba, maze yigumira mu rugo rwa gereza.

Sedekiya yongera kugisha Yeremiya inama

14 Umwami Sedekiya atumiza umuhanuzi Yeremiya, bamumusangisha ku muryango wa gatatu w’Ingoro y’Uhoraho. Nuko umwami abwira Yeremiya ati: “Hari icyo nshaka kukubaza ntugire icyo umpisha.”

15 Yeremiya asubiza Sedekiya ati: “Mbese ninkikubwira ntunyica? Ninkugira inama kandi ntuyikurikiza.”

16 Umwami Sedekiya arahira Yeremiya rwihishwa ati: “Nkurahiye Uhoraho waduhaye ubuzima, sinzakwica kandi sinzakugabiza bariya bantu bashaka kukwica.”

17 Nuko Yeremiya abwira Sedekiya ati: “Dore ibyo Uhoraho Nyiringabo Imana y’Abisiraheli avuze: nuyoboka ibyegera by’umwami wa Babiloniya nta cyo uzaba, kandi n’uyu mujyi ntuzatwikwa. Wowe ubwawe n’umuryango wawe muzabaho.

18 Nyamara niwanga kuyoboka ibyegera by’umwami wa Babiloniya, uyu mujyi uzagabizwa Abanyababiloniya bawutwike, kandi nawe ubwawe ntuzabava mu nzara.”

19 Sedekiya abwira Yeremiya ati: “Ndatinya Abayuda bayobotse Abanyababiloniya, kuko abo Bayuda bashobora kubantegeza bakanshinyagurira.”

20 Yeremiya aramusubiza ati: “Humura ntibazabakugabiza. Ndakwinginze umvira ijwi ry’Uhoraho ukore icyo nkubwiye, kandi bizakumerera neza nta cyo uzaba.

21 Nyamara nutabayoboka, dore ibyo Uhoraho yabimpishuriye:

22 abagore bose basigaye mu ngoro y’umwami w’u Buyuda bazashyirwa ibyegera by’umwami wa Babiloniya. Abo bagore bazakubwira bati:

‘Incuti zawe zarakuyobeje zirakwigarika.

Ibirenge byawe byarigise mu cyondo,

incuti zawe ziragutererana.’ ”

23 Yeremiya arongera aramubwira ati: “Abagore bawe bose n’abahungu bawe bazabashyira Abanyababiloniya, nawe ntuzabava mu nzara ahubwo umwami wa Babiloniya azagushyira muri gereza, uyu mujyi na wo uzatwikwa.”

24 Nuko Sedekiya abwira Yeremiya ati: “Uramenye ntihagire umuntu umenya ibyo twaganiriye, bitagenze bityo uzapfa.

25 Nyamara ibyegera byanjye nibyumva ko twavuganye, bakaza bakakubaza bati: ‘Tubwire ibyo wavuganye n’umwami, nutabiduhisha ntitukwica. Mbese umwami yakubwiye iki?’

26 Uzabasubize uti: ‘Natakambiraga umwami ngo atansubiza muri gereza yo mu nzu ya Yonatani, kugira ngo ntazayigwamo.’ ”

27 Nuko ibyegera byose by’umwami bijya kubaza Yeremiya, na we abasubiza nk’uko umwami yamutegetse. Baramwihorera kuko nta wari wumvise icyo yavuganye n’umwami.

28 Hanyuma Yeremiya yigumira mu rugo rwa gereza kugeza igihe Yeruzalemu ifatiwe. Yeruzalemu ifatwa abyirebera.

Categories
Yeremiya

Yeremiya 39

Abanyababiloniya bigarurira Yeruzalemu

1 Mu kwezi kwa cumi k’umwaka wa cyendaSedekiya umwami w’u Buyuda ari ku ngoma, Nebukadinezari umwami wa Babiloniya n’ingabo ze zose bateye Yeruzalemu barayigota.

2 Ku itariki ya cyenda y’ukwezi kwa kane k’umwaka wa cumi n’umweSedekiya ari ku ngoma, Abanyababiloniya baca icyuho mu rukuta ruzengurutse umujyi.

3 Nuko abari abagaba b’ingabo z’umwami wa Babiloniya bose bawinjiramo, bigarurira ahagana ku irembo ryo hagati. Abo ni Nerugali-Shareseri na Samugari-Nebo, na Sarisekimu wari umutware w’inkone, na Nerugali-Shareseri wari umugaba mukuru, n’ibindi byegera by’umwami wa Babiloniya byose.

4 Sedekiya umwami w’u Buyuda n’ingabo ze zose bababonye barahunga, bava mu mujyi nijoro banyura mu irembo ryo hagati y’inkuta zombi hafi y’ubusitani bw’umwami, bahunga berekeje kuri Yorodani.

5 Icyakora ingabo z’Abanyababiloniya zirabakurikira, zifatira Sedekiya mu kibaya cya Yeriko, zimushyīra Nebukadinezari umwami wa Babiloniya wari i Ribula mu gihugu cya Hamati, amucira urubanza.

6 Aho i Ribula umwami wa Babiloniya ahicira abahungu ba Sedekiya abyirebera, yica n’abanyacyubahiro bose b’u Buyuda.

7 Nuko anogora Sedekiya amaso, amubohesha iminyururu amujyana i Babiloni.

8 Icyo gihe ni bwo Abanyababiloniya batwitse ingoro y’umwami n’amazu ya rubanda, basenya n’inkuta zizengurutse Yeruzalemu.

9 Hanyuma Nebuzaradani umutware w’abarinzi, ajyana ho iminyago i Babiloni abaturage bari basigaye mu mujyi, n’abari baramuyobotse n’abandi basigaye.

10 Nyamara Nebuzaradani umutware w’abarinzi, asiga mu gihugu cy’u Buyuda abaturage b’abatindi nyakujya, abaha imizabibu n’imirima.

Yeremiya afungurwa

11 Nebukadinezari umwami wa Babiloniya aha umutware w’abarinzi amabwiriza yerekeye Yeremiya ati:

12 “Jyana Yeremiya umwiteho, ntukamugirire nabi, ahubwo ujye umukorera icyo yifuza cyose.”

13 Nuko Nebuzaradani umutware w’abarinzi yumvikana na Nebushazibani umutware w’inkone, na Nerugali-Shareseri wari umukuru wabo n’ibindi byegera byose by’umwami wa Babiloniya,

14 batuma abantu ngo bakure Yeremiya mu rugo rwa gereza. Hanyuma bamushinga Gedaliya mwene Ahikamu mwene Shafani ngo amujyane iwe. Nuko Yeremiya yigumira muri rubanda.

Ubutumwa bwohererejwe Ebedimeleki

15 Igihe Yeremiya yari agifungiye mu rugo rwa gereza, Uhoraho yaramubwiye ati:

16 “Genda ubwire Ebedimeleki w’Umunyakushi uti: ‘Uhoraho Nyiringabo Imana y’Abisiraheli aravuze ngo: Dore ngiye gusohoza ibyo navuze kuri uyu mujyi, nyamara si ibyiza ahubwo ni ibibi. Ibyo bizasohozwa.

17 Nyamara icyo gihe nzagukiza, ntuzagabizwa abo utinya.

18 Nzagukiza ntuzicishwa inkota, ahubwo uzishimira ko warokotse kubera ko unyizera.’ ”

Categories
Yeremiya

Yeremiya 40

Yeremiya yemererwa kwishyira akizana

1 Uhoraho yavuganye na Yeremiya, nyuma y’uko Nebuzaradani umutware w’abarinzi b’umwami yemerera Yeremiya kwishyira no kwizana i Rama. Icyo gihe yari yasanze Yeremiya aboheshejwe iminyururu, hamwe n’abanyururu bose baturutse i Yeruzalemu no mu Buyuda, bari bajyanywe ho iminyago muri Babiloniya.

2 Umutware w’abarinzi b’umwami yihererana Yeremiya aramubwira ati: “Uhoraho Imana yawe ni we wiyemeje guteza ibi byago aha hantu,

3 none rero yabishohoje nk’uko yabivuze. Ibyo byose byatewe n’uko mwamucumuyeho ntimwamwumvira.

4 Dore ngiye kuguhamburaho iyi minyururu ikuri ku maboko nkureke wigendere. Niba bikunogeye uze tujyane i Babiloni nzakurinda. Niba kandi kujya i Babiloni bitakunogeye wirorerere. Dore igihugu cyose kiri imbere yawe ujye aho ushaka.”

5 Mbere y’uko Yeremiya agira aho ajya, Nebuzaradani aramubwira ati: “Isubirire kwa Gedaliya mwene Ahikamu akaba mwene Shafani, uwo umwami wa Babiloniya yagize umutegetsi w’imijyi yo mu Buyuda, maze wibanire na we mu bantu baho, cyangwa se wigire aho ushaka.” Nuko uwo mutware w’abarinzi b’umwami amuha impamba n’impano, aramusezerera.

6 Yeremiya ajya i Misipa kwa Gedaliya mwene Ahikamu yigumanira na we, ari kumwe n’abantu basigaye muri icyo gihugu.

Gedaliya yegurirwa gutegeka u Buyuda

7 Mu gihugu hari ingabo zimwe z’Abayuda zari zacitse, zo n’abatware bazo bumvise ko umwami wa Babiloniya yagize Gedaliya mwene Ahikamu umutegetsi w’icyo gihugu, kandi ko yamushinze abagabo n’abagore n’abana b’abakennye cyane, batajyanwe ho iminyago muri Babiloniya.

8 Nuko abo batware ari bo Ishimayeli mwene Netaniya na Yohanani na Yonatani bene Kareya, na Seraya mwene Tenihumeti na bene Efayi w’i Netofa, na Yezaniya umwana w’Umumāka n’abantu bari kumwe na bo basanga Gedaliya i Misipa.

9 Gedaliya mwene Ahikamu mwene Shafani, arahira abo bantu bose bamusanze ati: “Ntimutinye kuyoboka Abanyababiloniya. Nimugume mu gihugu mukorere umwami wa Babiloniya muzagubwa neza.

10 Jye ubwanjye nzaguma i Misipa mbavuganire ku Banyababiloniya bazadusanga ino, nyamara mugomba gusarura imizabibu n’imbuto n’iminzenze mukabihunika mu bibindi, maze mukigumira mu mijyi mwigaruriye.”

11 Nuko Abayuda bose bari mu gihugu cya Mowabu no mu cy’Abamoni no mu cy’Abedomu no mu bindi bihugu, bumva ko umwami wa Babiloniya yemereye bamwe mu Bayuda gusigara, kandi yatoranyije Gedaliya mwene Ahikamu mwene Shafani kuba umutegetsi wabo,

12 bose bagaruka mu Buyuda basanga Gedaliya i Misipa bavuye mu bihugu byose bari baratataniyemo, bityo basarura imizabibu n’imbuto nyinshi cyane.

Gedaliya yicwa

13 Nuko Yohanani mwene Kareya n’abatware b’ingabo bose bavuye mu misozi, basanga Gedaliya i Misipa.

14 Baramubwira bati: “Mbese uzi ko Bālisi umwami w’Abamoni yohereje Ishimayeli mwene Netaniya ngo akwice?” Nyamara Gedaliya mwene Ahikamu ntiyizera ibyo bamubwiye.

15 Nuko Yohanani mwene Kareya abwira Gedaliya biherereye i Misipa ati: “Reka njye kwica Ishimayeli mwene Netaniya, nta muntu uzabimenya. Kuki yagomba kukwica maze Abayuda bari bagukikije bagatatana n’abarokotse bakicwa?”

16 Nuko Gedaliya mwene Ahikamu asubiza Yohanani mwene Kareya ati: “Uramenye ntumwice! Ibyo uvuga kuri Ishimayeli si ukuri.”