Categories
Yeremiya

Yeremiya 1

Yeremiya

1 Iki gitabo gikubiyemo ibyavuzwe n’ibyakozwe na Yeremiya mwene Hilikiya, wari umwe mu batambyi ba Anatoti mu ntara ya Benyamini.

2 Mu mwaka wa cumi n’itatu Umwami Yosiya mwene Amoni ari ku ngoma mu Buyuda, ni bwo Uhoraho yatumye Yeremiya.

3 Yakomeje kumuha ubutumwa igihe Yoyakimu mwene Yosiya yari ku ngoma, kugeza mu kwezi kwa gatanu k’umwaka wa cumi n’umwe Sedekiya mwene Yosiya ari ku ngoma. Ni cyo gihe abatuye i Yeruzalemu bajyanywe ho iminyago.

Imana ihamagara Yeremiya

4 Jyewe Yeremiya, Uhoraho yarambwiye ati:

5 “Nakumenye ntarakurema mu nda ya nyoko,

nagutoranyije utaravuka,

naguhisemo ngo uhanurire ibyanjye mu mahanga.”

6 Ndamusubiza nti: “Nyagasani Uhoraho,

dore ndacyari muto sinzi kuvuga.”

7 Nyamara Uhoraho arambwira ati:

“Wivuga ko ukiri muto.

Abo nzagutumaho uzabasanga,

uzababwira ibyo nzagutegeka.

8 Ntuzagire uwo utinya,

nzaba ndi kumwe nawe ngutabare.”

Uko ni ko Uhoraho avuze.

9 Nuko Uhoraho ankoza ikiganza ku munwa arambwira ati: “Dore nshyize amagambo yanjye mu kanwa kawe.

10 Uhereye ubu ngushinze kuvugira amahanga yose n’ibihugu byose kugira ngo urandure, uhirike, utsembe kandi usenye. Nyamara ni wowe uzasana ibyasenyutse, si nawe uzubaka ibyarimbuwe.”

Yeremiya yerekwa ishami ry’igiti n’inkono ibira

11 Uhoraho arambaza ati: “Yeremiya we, urareba iki?”

Ndamusubiza nti: “Ndareba ishami ry’igiti kirabije mbere y’ibindi.”

12 Uhoraho arambwira ati: “Warebye neza. Koko rero nanjye ngiye gushishikarira gusohoza ibyo navuze.”

13 Uhoraho yongera kumbaza ati: “Urareba iki?”

Ndamusubiza nti: “Ndareba mu majyaruguru inkono ibira, inyerekejeho urugara.”

14 Arakomeza arambwira ati: “Mu majyaruguru ni ho hazaturuka ibyago bizasukwa ku batuye iki gihugu bose.

15 Koko rero ngiye guhamagara amahanga yose yo mu majyaruguru. Abami babo bazaza bashinge intebe zabo za cyami ku marembo ya Yeruzalemu, bazagota inkuta zose ziyizengurutse n’imijyi yose y’u Buyuda.

16 Nanjye nzacira imanza abantu banjye kubera ubugome bwabo. Baranyimūye bosereza imibavu izindi mana, baramya n’ibigirwamana biremeye.

17 None rero komera, uhaguruke maze ubabwire ibyo ngutegetse byose. Ntuzabatinye kuko bitabaye ibyo nzagutera ubwoba imbere yabo.

18 Kuva ubu ngushyize mu gihugu cy’u Buyuda nk’umujyi ntamenwa, nk’inkingi y’icyuma, nk’urukuta rw’umuringa imbere y’abami n’abatware, n’abatambyi n’abaturage.

19 Bazakurwanya ariko ntibazagutsinda kuko nzaba ndi kumwe nawe ngutabare.” Uko ni ko Uhoraho avuze.

Categories
Yeremiya

Yeremiya 2

Ubwigomeke bw’Abisiraheli

1 Uhoraho yarambwiye ati:

2 “Genda ubwire Yeruzalemu uti:

‘Ndibuka uko wankundaga ukiri muto,

ndibuka uko wankundaga ukiri umugeni,

ndibuka uko wankurikiye mu butayu,

wankurikiye mu gihugu kitagira ikikimeramo.

3 Isiraheli yari yareguriwe Uhoraho,

yari umwihariko we,

abayirenganyaga bose babaga bacumuye,

bagwirirwaga n’ibyago.’ ”

Uko ni ko Uhoraho avuze.

Igicumuro cy’abakurambere ba Isiraheli

4 Mwa rubyaro rwa Yakobo mwe,

mwe abakomoka kuri Isiraheli mwese,

nimwumve Ijambo ry’Uhoraho.

5 Uhoraho arababaza ati:

“Ba sokuruza banshinja iki,

banshinja iki cyatumye bantererana?

Biyeguriye ibigirwamana bitagira umumaro,

na bo ubwabo bahindutse imburamumaro.

6 Ntibigeze bibaza bati:

‘Uhoraho wadukuye mu Misiri ari he?

Ari he uwatuyoboye mu butayu,

ari he uwatuyoboye mu gihugu cy’ubutayu n’imanga?

Ari he uwatuyoboye mu gihugu cyumagaye kandi gicuze umwijima,

ari he uwatuyoboye mu gihugu kitagira ukigeramo n’ugituye?’

7 Nabazanye mu gihugu kirumbuka,

nakibazanyemo ngo mutungwe n’imbuto zacyo,

nakibazanyemo ngo mutungwe n’imbuto zacyo n’ubwiza bwacyo.

Nyamara mwageze mu gihugu cyanjye muragihumanya,

igihugu cyanjye mwagihinduye ikizira.

8 Abatambyi ntibigeze bibaza bati: ‘Uhoraho ari he?’

Abahanga mu by’Amategeko ntibakīmenya.

Abayobozi banyigometseho,

abahanuzi bahanurira Bāli,

bayobotse ibigirwamana bitagira umumaro.

Urubanza Uhoraho afitanye n’abantu be

9 Ni yo mpamvu nongeye kubashinja,

nzabashinja hamwe n’abuzukuru banyu.”

Uko ni ko Uhoraho avuze.

10 “Nimujye mu kirwa cya Shipure murebe,

nimwohereze intumwa i Kedarizigenzure neza,

murebe niba hari igikorwa nk’iki kigeze kibaho.

11 Mbese hari igihugu kigeze gihindura imana zacyo?

Hari icyazihinduye nubwo na zo atari imana?

Nyamara abantu banjye barandetse nubwo ndi ishema ryabo,

baranyimūye bayoboka ibigirwamana bitagira umumaro.

12 Wa juru we, ibyo nibitume wumirwa,

ibyo nibigutere ubwoba kandi bitume wiheba.”

Uko ni ko Uhoraho avuze.

13 “Koko rero ubwoko bwanjye bwakoze amakosa abiri:

baranyimūye nubwo ndi isōko y’amazi y’ubugingo,

bifukuriye amariba yabo bwite,

bifukuriye amariba atobotse atabika amazi.”

Ingaruka z’ubuhemu bw’Abisiraheli

14 Mbese Abisiraheli ni inkoreragahato?

Ese baba baravukiye mu buja?

Mbese ni kuki babaye iminyago y’amahanga?

15 Intare zirabatontomera n’urusaku rukaze,

igihugu cyabo zagihinduye umusaka,

imijyi yabo yaratwitswe nta muntu ukiyibamo.

16 Abaturage b’i Memfisi n’ab’i Tafunebazaguharangura umutwe.

17 Ibyo ni mwe mwabyikururiye,

mwarabyikururiye mwimūra Uhoraho Imana yanyu,

mwaramwimūye kandi ari we wabayoboraga.

18 Mbese kuki mujya mu Misiri kunywa amazi ya Nili?

Ni kuki mujya muri Ashūru kunywa amazi ya Efurati?

19 Ububi bwanyu nibubahane,

ubugambanyi bwanyu nibubashinje.

Bityo muzamenya ko ibyo mukora ari bibi kandi bibabaje,

muzamenya ko ari bibi kwimūra Uhoraho Imana yanyu.

Koko rero ntimukinyubaha.

Uko ni ko Uhoraho Nyiringabo avuze.

Abisiraheli bimūra Uhoraho

20 Uhoraho aravuga ati:

“Mwa Bisiraheli mwe, kuva kera mwanyigometseho,

mwanze kunyumvira,

mwaravuze muti: ‘Ntituzagukorera.’

Mwagiye mu mpinga z’imisozi yose no munsi y’ibiti byose bitoshye,

mwitwaye nk’umugore w’indaya.

21 Nabateye mumeze nk’imizabibu y’indobanure,

mwari mumeze nk’igiti cyatoranyijwe.

Mbese kuki mwantereranye?

Ese kuki mwambereye nk’imizabibu itagira imbuto?

22 Nubwo mwakwiyuhagira mute,

nubwo mwakwiyuhagiza isabune y’agaciro,

nyamara ibicumuro byanyu bizagumaho imbere yanjye.

Uko ni ko Nyagasani Uhoraho avuze.

23 Bishoboka bite ko mwavuga muti:

‘Ntitwahumanye cyangwa ngo tuyoboke za Bāli?’

Nimwibuke uko mwitwaye mu kabanden’ibyo mwahakoreye,

mumeze nk’ingamiya y’ingore yirukanka hirya no hino.

24 Mumeze nk’indogobe y’ingore imenyereye ubutayu,

iyo yarinze igenda ireha umuyaga.

Ni nde wayibuza irari ryayo?

Iyo impfizi ziyishatse ntizirirwa ziruha,

iyo igihe cyayo kigeze zirayibona.

25 Mwa Bisiraheli mwe, nimureke kurushya ibirenge byanyu,

nimureke kumisha umuhogo wanyu.

Nyamara muravuga muti: ‘Nta cyo bitwaye!

Dukunda imana z’amahanga tuzaziyoboka.’ ”

Isiraheli ikwiriye guhanwa

26 Uhoraho aravuga ati:

“Nk’uko umujura ufatiwe mu cyuho akorwa n’isoni,

ni na ko Abisiraheli n’abami babo n’abatware babo bazakorwa n’isoni,

ni na ko abatambyi babo n’abahanuzi babo bazakorwa n’ikimwaro.

27 Babwira igiti bati: ‘Uri data!’

Babwira n’ibuye bati: ‘Ni wowe watubyaye!’

Koko rero banteye umugongo ntibakinyitaho,

nyamara iyo bari mu kaga barantakambira bati:

‘Ngwino udutabare.’

28 None se imana mwiremeye ziri he?

Ngaho nizize zibakize akaga murimo.

Mwa Bayuda mwe, imana zanyu ni nyinshi nk’imijyi yanyu.

29 Ni kuki munshinja?

Mwese uko mungana mwarangomeye.

30 Narabahannye ariko biba iby’ubusa,

igihano nticyagira icyo kibigisha.

Inkota yatsembye abahanuzi banyu,

yabatsembye nk’aho ari intare y’inkazi.”

31 None rero nimuzirikane Ijambo ry’Uhoraho ubabwira ati:

“Mwa Bisiraheli mwe, hari ubwo nigeze mbabera nk’ubutayu?

Mbese naba narababereye nk’igihugu cy’icuraburindi?

Ni kuki abantu banjye bavuga bati:

‘Tuzakora icyo dushaka ntituzakugarukira?’

32 Mbese umukobwa w’inkumi yakwibagirwa imirimbo ye?

Mbese umugeni yakwibagirwa imitamirizo ye?

Nyamara abantu banjye banyibagiwe kenshi.

33 “Icyo mushoboye ni ukwiruka inyuma y’abakunzi banyu,

abo bagore babi ni mwebwe bigiraho gukora ibibi.

34 Imyambaro yanyu yuzuyeho amaraso y’abakene b’inzirakarengane,

yuzuyeho amaraso nubwo nta n’umwe muri mwe wafatiwe mu cyuho.

Nyamara nubwo bimeze bityo muravuga muti:

35 ‘Turi intungane, Uhoraho ntaturakariye.’

Nyamara nzabacira urubanza kuko muvuga muti:

‘Ntitwacumuye.’

36 Kuki muhindagurika mu mibanire yanyu n’amahanga?

Misiri izabakoza isoni nk’uko Ashūru yabagenjeje.

37 Aho na ho muzavanayo ikimwaro mukozwe n’isoni,

abo mwishingikirizaga Uhoraho yarabazinutswe,

koko nta cyo bazabamarira.”

Categories
Yeremiya

Yeremiya 3

Isiraheli ni nk’umugore w’indaya

1 Uhoraho aravuga ati:

“Mbese umugabo yirukanye umugore we akishakira undi mugabo,

amushatse umugabo we wa mbere yamucyura?

Ntibyashoboka byaba ari uguhumanya igihugu.

Nyamara mwe Abisiraheli mwagize incuti nyinshi,

none murashaka kungarukira!

2 Nimwubure amaso murebe mu mpinga z’imisozi,

ni hehe mutakoreye ubusambanyi?

Mwicaraga ku mayira mutegereje abakunzi banyu,

mwategererezaga mu butayu nk’abambuzi,

igihugu mwagihumanishije uburaya n’ingeso mbi byanyu.

3 Kubera ibyo nabujije imvura kugwa,

nabimye imvura y’umuhindo.

Nyamara mwakomeje kwifatanya n’indaya,

ntimukorwa n’isoni.

4 Na n’ubu muracyantakira muvuga muti:

‘Uri Data! Wadukunze kuva tukiri bato.

5 Mbese uzakomeza kuturakarira?

Mbese uburakari bwawe buzahoraho?’

Uko ni ko muhora muvuga,

nyamara ntimuhwema gukora ibibi.”

Abisiraheli n’Abayuda bahamagarirwa kwihana

6 Ku ngoma ya Yosiya, Uhoraho yarambwiye ati: “Mbese witegereje ibyo bariya Bisiraheli b’abahakanyi bakoze? Bajya ku misozi miremire no munsi y’ibiti byose bitoshye bakitwara nk’indaya.

7 Naribwiraga nti: ‘Nibamara gukora biriya byose bazangarukira’, nyamara ntibigeze bangarukira. Ndetse n’abavandimwe babo b’Abayuda b’abahemu, ibyo byose barabibonye.

8 Nirukanye Abisiraheli b’abahakanyi ntandukana na bo, kubera ko banyimūye bakaba indaya. Abavandimwe babo b’Abayuda b’abahemu barabirebaga, nyamara ntibyabatera ubwoba, ahubwo biganye Abisiraheli.

9 Abisiraheli babonye ko kwitwara nk’indaya nta cyo bibatwaye, bahumanya igihugu, basenga amabuye n’ibiti.

10 Nubwo bimeze bityo abavandimwe babo b’Abayuda b’abahemu ntibihannye babikuye ku mutima, ahubwo byabaye urwiyerurutso.” Uko ni ko Uhoraho avuze.

11 Uhoraho yongera kumbwira ati: “Icyakora nubwo Abisiraheli ari abahakanyi, barusha ubutungane Abayuda b’abahemu.

12 None genda ujye mu majyaruguru ubabwire uti:

‘Mwa Bisiraheli b’abahakanyi mwe nimungarukire,

ndi umunyambabazi sinzabarakarira,

sinzakomeza kubarakarira.

13 Nimwemere gusa ibicumuro byanyu,

nimwemere ko mwagomeye Uhoraho Imana yanyu.

Mwayobotse imana z’amahanga,

mwazisengeye munsi ya buri giti gitoshye,

ntimwanyumviye.’ ”

Uko ni ko Uhoraho avuze.

14 Uhoraho aravuga ati: “Mwa Bisiraheli b’ibirara mwe, nimungarukire kuko ari jye mugabo wanyu. Nzafata umwe muri buri mujyi, mfate babiri muri buri nzu mbajyane i Siyoni.

15 Nzabaha abayobozi nzihitiramo kandi bazabayoborana ubwenge n’ubushishozi.”

16 Uhoraho yungamo ati: “Icyo gihe muzororoka mugwire mu gihugu. Abantu ntibazaba bakivuga ibyerekeye Isanduku y’Isezerano, ntizongera kwibukwa ukundi. Izava mu bitekerezo byabo, ntibazayikenera, nta n’ubwo bazirirwa bakora indi.

17 Icyo gihe Yeruzalemu izitwa intebe y’Uhoraho, amahanga yose azahakoranira ampeshe ikuzo, ntibazongera gukurikiza ibitekerezo byabo bibi.

18 Icyo gihe Abayuda n’Abisiraheli bazafatanya, bose bazava mu gihugu cy’amajyaruguru, bajye gutura mu gihugu nahaye ba sekuruza ho gakondo.”

Abisiraheli bagarukira Uhoraho

19 Uhoraho aravuga ati:

“Nibwiraga ko nzabafata nk’abana banjye,

nibwiraga ko nzabaha igihugu cyiza kuruta ibindi.

Nibwiraga ko muzanyita data,

bityo ntimuzongere kunyigomekaho.

20 Nyamara mwabaye nk’umugore uhemukira umugabo we,

bantu ba Isiraheli, mwarampemukiye.”

21 Urusaku rw’Abisiraheli rwumvikaniye mu mpinga z’imisozi,

bararira baratakamba, bararira kuko bayobye,

bibagiwe Uhoraho Imana yabo.

22 Mwa birara mwe, nimungarukire,

nzabakiza uburara bwanyu.

Abisiraheli barasubiza bati:

“Turakugarukiye, ni wowe Uhoraho Imana yacu.

23 Koko twarararutse,

twasengeye ibigirwamana ku misozi,

nyamara Uhoraho Imana yacu ni we uzakiza Abisiraheli.

24 Iki gikorwa giteye isoni,

ni igikorwa twakoze kuva tukiri bato,

cyangije ibikorwa bya ba sogokuruza,

cyangije amatungo yabo magufi n’amaremare,

cyangije abahungu n’abakobwa babo.

25 Nimureke dukorwe n’ikimwaro,

isoni nizidutere kumirwa.

Twe na ba sogokuruza twaracumuye,

twacumuye ku Uhoraho Imana yacu.

Twacumuye kuva tukiri bato kugeza ubu,

ntabwo twigeze twubaha Uhoraho Imana yacu.”

Categories
Yeremiya

Yeremiya 4

Guhamagarirwa kwihana

1 Uhoraho abwira Abisiraheli ati:

“Mwa Bisiraheli mwe, nimungarukire,

nimungarukire niba mubishaka.

Nimuvana ibigirwamana byanyu biteye ishozi imbere yanjye ntimunyimūre,

2 nimurahira Uhoraho mu kuri,

nimumurahira mu butungane no mu butabera,

ni bwo amahanga yose azansaba kuyaha umugisha,

bityo ampe ikuzo.”

3 Uhoraho arabwira abantu b’u Buyuda n’ab’i Yeruzalemu ati:

“Nimuhinge ahatigeze hahingwa,

nimureke kubiba mu mahwa.

4 Yemwe bantu b’u Buyuda n’ab’i Yeruzalemu,

nimunyiyegurire burundu.

Nimutagenza mutyo uburakari bwanjye buzagurumana,

buzagurumana nk’umuriro utazima,

bitewe n’ibibi mwakoze.”

U Buyuda bumenyeshwa inkuru iteye ubwoba

5 Uhoraho aravuga ati:

“Nimutangaze ibi mu Buyuda,

nimubyamamaze muri Yeruzalemu.

Nimuvuze ihembe hose mu gihugu,

nimurangurure amajwi muvuga muti:

‘Nimukoranire hamwe,

nimuhungire mu mijyi ntamenwa.

6 Nimwerekeze ibendera ryanyu i Siyoni,

nimuhunge mwihuta.

Dore ngiye kubateza ibyago bikomeye,

ibyago kirimbuzi biturutse mu majyaruguru.

7 Intare ivumbutse aho yari yihishe,

umurimbuzi w’amahanga arahagurutse,

aje kurimbura igihugu cyanyu,

imijyi yanyu izasigara ari amatongo,

nta muntu uzayirangwamo.

8 Nimwambare imyambaro igaragaza akababaro,

nimurire muboroge.

Koko uburakari bukaze bw’Uhoraho buracyadukurikiranye.

9 Icyo gihe umwami n’abatware bazakuka umutima,

abatambyi bazagira ubwoba,

abahanuzi bazumirwa.’ ”

10 Nuko ndavuga nti: “Nyagasani Uhoraho,

wabeshye aba bantu na Yeruzalemu uvuga uti:

‘Muzagira amahoro’,

none dore inkota iratwugarije.”

11 Icyo gihe Uhoraho azabwira abantu b’i Yeruzalemu ati:

“Umuyaga utwika uzaturuka mu misozi yo mu butayu,

uzahuha werekeje aho aba bantu banjye bari.

Ntuzaba ari umuyaga woroheje nk’utuma bagosora imyaka,

12 izaba ari inkubi y’umuyaga inturutseho.

Ni jye Uhoraho ugiye kubacira urubanza.”

Abanzi baturutse impande zose

13 Dore umwanzi aje nk’igicu,

amagare ye y’intambara ariruka nka serwakira,

amafarasi ye araguruka kurusha kagoma,

tugushije ishyano turarimbutse!

14 Uhoraho aravuga ati:

“Yeruzalemu we, reka ubugome bwawe ukizwe,

mbese uzageza ryari kugambirira ubugome?

15 Ijwi riranguruye riturutse i Dani,

ritangaje ibyago biturutse mu misozi ya Efurayimu.

16 “Tangaza ibi mu mahanga,

bimenyeshe Yeruzalemu uti:

‘Igitero kije gituruka mu gihugu cya kure,

kije gikangaranya imijyi y’u Buyuda,

17 kigose Yeruzalemu nk’uko abarinzi bakikiza umurima’,

koko abantu baho baranyimūye.

18 Ibyo bitewe n’imyifatire yawe n’ibikorwa byawe bibi,

iki ni igihano uhawe,

ni igihano kibabaje ndetse gishengura umutima.”

Yeremiya ababazwa n’ibyago bizagwirira Abayuda

19 Yeremiya atera hejuru ati:

“Ndababara ndashengurwa n’agahinda,

umutima uradiha sinshobora guceceka,

numvise urusaku rw’impanda n’urwamo rw’intambara.

20 Ibyago birakurikirana,

igihugu cyose kirarimbutse.

Amazu yacu asenyutse mu kanya gato,

ubwikingo bwacu buhindutse amatongo.

21 Nzahereza he kureba ibendera ry’intambara?

Nzahereza he kumva urusaku rw’impanda?”

22 Uhoraho aravuga ati: “Abantu banjye ni abapfapfa,

koko ntabwo banzi.

Ni abana batagira ubwenge,

icyo bazi ni ugukora ibibi gusa,

ntibazi gukora ibyiza.”

Yeremiya yerekwa irimbuka ryegereje

23 Nitegereje isi mbona itagira ishusho nta n’ikiyiriho,

nitegereje ijuru nsanga ritagira umucyo.

24 Nitegereje imisozi mbona itingita,

nabonye n’udusozi tunyeganyega.

25 Nitegereje mbona nta muntu ugituye ku isi,

nta n’inyoni irangwa mu kirere.

26 Nitegereje mbona igihugu cyarumbukaga cyahindutse ubutayu,

mbona imijyi yacyo yose yahindutse amatongo.

Ibyo byose byatewe n’uburakari bukaze bw’Uhoraho.

27 Uhoraho aravuga ati:

“Igihugu cyose kizasenyuka,

nyamara sinzakirimbura burundu.

28 Ni yo mpamvu isi izajya mu cyunamo,

ijuru na ryo rizacura umwijima.

Koko ibyo navuze sinzabihindura,

narabyiyemeje sinzisubiraho.”

Siyoni ihanganye n’abanzi

29 Nimwumve urusaku rw’abarwanira ku mafarasi,

nimwumve urusaku rw’abarwanisha imiheto,

abo muri buri mujyi bazahunga.

Bamwe bazahungira mu mashyamba abandi mu bitare,

imijyi yose izasigara ari amatongo,

nta muntu uzayirangwamo.

30 Yewe Yeruzalemu wahindutse amatongo,

bikumariye iki kwambara imyambaro itukura?

Bikumariye iki kwambara imitamirizo y’izahabu?

Bikumariye iki kwirimbisha wisīga irangi ku maso?

Uririmbishiriza ubusa,

dore abakunzi bawe bakuzinutswe,

barashaka kukwica.

31 Ndumva urusaku nk’urw’umugore uribwa n’ibise,

ndumva umuniho nk’uw’umugore ubyara ubwa mbere.

Ni urusaku rw’abatuye i Siyoni,

baraganya bagatakamba bateze amaboko bati:

“Tugushije ishyano turapfuye,

tuguye mu maboko y’abanzi bacu.”

Categories
Yeremiya

Yeremiya 5

Ibyaha bikabije by’ab’i Yeruzalemu

1 Uhoraho aravuga ati:

“Nimujye mu mayira y’i Yeruzalemu,

nimurebe mubaririze, mushakashake ahantu hose.

Nihaboneka umuntu umwe gusa ukora ibitunganye agaharanira ukuri,

naboneka nzababarira Yeruzalemu.

2 Nubwo barahira mu izina ryanjye,

nubwo barirahira, indahiro zabo ni ibinyoma.”

3 None se Uhoraho, icyo ushaka si ukuri?

Warabahannye nyamara ntibyagira icyo bibatwara,

warabatsembye nyamara nta cyo byabigishije,

barinangiye bamera nk’ibuye banga kwihana.

4 Naribwiye nti: “Aba ni rubanda nta cyo bazi,

ntibazi imigenzereze y’Uhoraho,

ntibazi ibyo Imana yabo ibashakaho.

5 Nzasanga abayobozi babo mvugane na bo,

koko rero bo bazi imigenzereze y’Uhoraho,

bazi ibyo Imana yabo ibashakaho,

nyamara na bo bimūye Uhoraho banga kumwumvira.

6 Ni yo mpamvu bazaribwa n’intare zo mu ishyamba,

inyamaswa z’inkazi zizabatsembera ku gasozi,

ingwe zizagota imijyi yabo,

usohotse zimutanyagure.

Koko ubwigomeke bwabo burakabije,

ubuhakanyi bwabo burenze urugero.”

7 Uhoraho aravuga ati:

“Nabababarira nte?

Abana banyu baranyimūye bayoboka ibigirwamana,

nabahaye ibyo bifuzaga byose,

nyamara batwawe n’ubusambanyi,

babyiganira mu mazu y’indaya.

8 Bameze nk’amafarasi y’imishishe,

buri wese ararikiye umugore wa mugenzi we.

9 Nzabahanira ibyo bikorwa byabo,

nzihimura ubwoko bumeze butyo.

10 “Nimujye mu mizabibu yabo muyonone,

nyamara ntimuyirimbure burundu,

nimuyikureho amashami kuko atakiri ayanjye,

11 ni koko Abisiraheli n’Abayuda barangomeye bikabije.”

Uko ni ko Uhoraho avuze.

Ingaruka zo kwihakana Uhoraho

12 Bihakanye Uhoraho bavuga bati:

“Uhoraho nta cyo azadutwara,

nta cyago kizatugwirira,

nta ntambara cyangwa inzara bizatugeraho.

13 Abahanuzi nta cyo bamaze,

ubuhanuzi bwabo ntibuva ku Mana,

ibyo byago bahanura bizabe ari bo bihama.”

14 None rero Uhoraho Imana Nyiringabo aravuga ati:

“Kubera ko mwavuze mutyo,

amagambo yanjye azaba nk’umuriro mu kanwa kanyu,

abantu bazamera nk’inkwi batwikwe n’umuriro.

15 Mwa Bisiraheli mwe, ngiye kubateza igihugu cya kure,

ni igihugu gifite imbaraga,

ni igihugu cyabayeho kuva kera,

ni igihugu kivuga ururimi mutumva.

16 Imyambi yabo irica,

ingabo zabo zose ni intwari.

17 Zizatsembaho ibintu byanyu byose,

zizatsembaho ibyari bibatunze,

zizatsemba abahungu banyu n’abakobwa banyu,

zizatsemba amatungo maremare n’amagufi,

zizatsemba imizabibu n’imitini yanyu,

zizasenya imijyi ntamenwa mwiringiraga.

18 Nyamara icyo gihe sinzabatsembaho.”

Uko ni ko Uhoraho avuze.

19 Abantu bazabaza bati: “Kuki Uhoraho Imana yacu iduteza ibi byago byose?”

Uzabasubize uti: “Ni uko mwimūye Uhoraho, mukayoboka imana z’abanyamahanga mu gihugu cyanyu. Ni cyo gituma muzakorera abanyamahanga mu gihugu kitari icyanyu.”

Imana iburira abantu bayo

20 Uhoraho aravuga ati:

“Menyesha Abisiraheli ibi,

bitangaze mu Buyuda.

21 Nimwumve mwa bapfapfa mwe mutagira ubwenge,

mufite amaso nyamara ntimubona,

mufite amatwi nyamara ntimwumva.

22 Kuki mutanyubaha?

Kuki mudahinda umushyitsi imbere yanjye?

Ni jye washyizeho umusenyi ngo ube urubibi rw’inyanja,

urubibi ruhoraho idashobora kurenga.

Nubwo habamo umuhengeri ntishobora kururenga,

nubwo yakwibirindura nta cyo yashobora.

23 Nyamara aba bantu binangiye umutima barararuka,

baranyanze barigendera.

24 Ntibajya bibwira bati:

‘Reka twubahe Uhoraho Imana yacu,

ni we utanga imvura mu gihe cyayo,

ni we utanga imvura y’umuhindo n’iy’itumba,

ni we utugenera ibihe by’isarura.’

25 Ibicumuro byanyu ni byo byahinduye ibyo byose,

ibyaha byanyu ni byo byababujije ibyo byiza.

26 Ni koko mu bwoko bwanjye harimo abagome,

baca ibico bakubikira abandi nk’abahiga inyoni,

barabasumira bakabagusha mu mutego.

27 Uko inyoni bazuzuza mu rutete,

ni ko amazu yabo yuzuye ibyibano.

Ibyo bibatera gukomera no gukungahara,

28 barabyibushye, barabengerana.

Ububi bwabo burenze urugero,

ntibubahiriza uburenganzira bw’impfubyi,

ntibarengera abakene.

29 Nzabahanira ibyo bikorwa byabo,

nzihimura ubwoko bumeze butyo.”

30 Amahano ateye ubwoba yabaye muri iki gihugu.

31 Abahanuzi bahanura ibinyoma,

abatambyi bategekesha igitugu,

nyamara abantu banjye barabyishimira.

None se imperuka nigera muzabigenza mute?

Categories
Yeremiya

Yeremiya 6

Yeruzalemu igotwa n’abanzi

1 Yewe muryango wa Benyamini, nimuve i Yeruzalemu,

nimushake ubuhungiro.

Nimuvugirize ihembe i Tekowa,

nimushyire ikimenyetso i Beti-Hakeremu.

Dore icyago kibugarije giturutse mu majyaruguru,

koko rero ni icyago gikomeye.

2 Siyoni umurwa mwiza kandi w’igikundiro nzawurimbura,

3 Abantu bazakugariza bameze nk’abashumba n’amatungo yabo,

bazashinga amahema yabo mu mpande zose,

buri wese azafata aho ashaka.

4 Bazavugana bati: “Nimwitegure dutere Siyoni,

nimuhaguruke tuyitere ku manywa y’ihangu.

Nyamara dore umunsi uciye ikibu,

umugoroba urakubye.

5 Nimuhaguruke tuyitere mu gicuku,

nimuze dusenye ibigo ntamenwa byaho.”

6 Uhoraho Nyiringabo aravuze ati:

“Nimuteme ibiti murunde ibirundo,

nimubizengurutse Yeruzalemu,

nzahana uyu mujyi kuko wuzuye urugomo.

7 Uko isōko yo mu iriba ivubura amazi,

ni ko abawutuye bavubura ubugizi bwa nabi.

Ni umurwa urangwa n’urugomo n’ubwangizi,

mbabazwa no guhora mbona imibabaro n’ibikomere byawo.

8 Yewe Yeruzalemu, itonde,

isubireho naho ubundi nzakureka,

igihugu cyawe kizaba ikidaturwa.”

Abantu badashaka kumva Uhoraho

9 Uhoraho Nyiringabo aravuga ati:

“Nimukoranye itsinda ry’Abisiraheli basigaye,

nimubakoranye nk’usoroma imbuto z’imizabibu.

Nimusubire kuri buri shami,

nimurisubireho nk’abasarura amaseri y’imizabibu.”

10 Ni nde nzavugana na we?

Ni nde nzaburira kugira ngo babyumve?

Amatwi yabo ntiyumva,

Ijambo ry’Uhoraho ni nk’igitutsi kuri bo, ntiribanezeza.

11 Dore nuzuye uburakari bw’Uhoraho,

singishoboye kubwihanganira.

Uhoraho arambwira ati:

“Busuke ku bana bari mu nzira,

busuke ku dutsiko tw’abahungu n’abakobwa.

Buzagera ku bagabo no ku bagore,

buzagera ku bikwerere n’abageze mu za bukuru.

12 Amazu yabo azahabwa abandi,

amasambu yabo n’abagore babo bizegurirwa abandi,

koko nzahana abatuye iki guhugu.

13 Kuva ku muto kugeza ku mukuru bose bararikira inyungu mbi,

kuva ku bahanuzi kugeza ku batambyi bose barariganya.

14 Ibikomere by’abantu banjye babibona nk’ibyoroheje,

baravuga bati: ‘Amahoro, amahoro ni yose’,

nyamara nta mahoro ariho.

15 Mbese batewe isoni n’ibikorwa byabo bibi?

Reka da, nta soni bibatera,

nta n’ubwo babyitaho.

Ni yo mpamvu bazarimbuka nk’abandi bose,

nzabahana barimbuke.”

Isiraheli iva mu nzira y’Uhoraho

16 Uhoraho aravuga ati:

“Nimuhagarare mu mayira murebe,

nimubaririze inzira aba kera banyuzemo,

nimubaririze inzira y’ihirwe abe ari yo munyuramo,

bityo muzagira ituze mu mutima.

Nyamara muravuga muti: ‘Ntituzayinyuramo.’

17 Nabashyiriyeho abarinzi kugira ngo mujye mwumva ijwi ry’ihembe,

nyamara muravuga muti: ‘Ntituzaryumva.’

18 None mwa mahanga mwe, nimwumve,

nimumenye ibigiye kugwirira abantu banjye.

19 Mwa batuye isi yose mwe, nimwumve,

ngiye guteza aba bantu ibyago.

Bizaba ingaruka z’ibitekerezo byabo bibi,

ntibitaye ku magambo yanjye,

basuzuguye Amategeko yanjye.

20 Singikeneye imibavu iturutse i Sheba,

singikeneye ibihumura neza biturutse mu bihugu bya kure.

Ibitambo byanyu bikongorwa n’umuriro simbishaka,

amaturo yanyu ntanezeza.

21 Nzashyira inzitizi imbere y’aba bantu,

zizabazitira zibagushe,

ababyeyi n’abana n’incuti n’abaturanyi, bazarimbukira icyarimwe.”

Umwanzi aturutse mu majyaruguru

22 Uhoraho aravuga ati:

“Dore ingabo ziturutse mu gihugu cyo mu majyaruguru,

ubwoko bukomeye buturutse ku mpera z’isi.

23 Bitwaje imiheto n’amacumu,

ni ababisha batagira impuhwe.

Urusaku rwabo ni nk’inyanja isuma,

bahetswe n’amafarasi.

Bameze nk’abantu biteguye urugamba,

baraguteye wowe Siyoni.”

24 Abisiraheli baravuga bati:

“Twumvise amakuru yabo,

twarayumvise amaboko yacu aratentebuka,

twakutse umutima nk’uw’umugore uri ku nda.

25 Ntimujye mu murima cyangwa mu mayira,

dore umwanzi yitwaje inkota,

yakwije iterabwoba impande zose.”

26 Uhoraho aravuga ati:

“Bantu banjye, nimwambare imyambaro igaragaza akababaro,

nimwigaragure mu ivu.

Nimujye mu cyunamo nk’uwapfushije umwana w’ikinege,

nimucure umuborogo kuko umurimbuzi atwugarije.”

Umuringa udashobora gutunganywa

27 Uhoraho aravuga ati:

“Yeremiya we, nagushyiriyeho kugerageza abantu banjye,

kubagerageza nk’ugerageza umuringa,

bityo umenye kandi usuzume imigenzereze yabo.”

28 Yeremiya arasubiza ati:

“Bose ni ibyigomeke bikabije,

bavuga amagambo asebanya;

bakomeye nk’umuringa n’icyuma,

bose ni inkozi z’ibibi.

29 Umuvuba urahuhera cyane,

umuriro utwika umwanda uri ku cyuma,

nyamara nta cyo bimaze gukomeza kugitwika,

igihe umwanda udashobora kuvaho.

30 Aba bantu bazaba nk’umuringa udafite agaciro,

koko Uhoraho yarabazinutswe.”

Categories
Yeremiya

Yeremiya 7

Yeremiya ahugura Abisiraheli

1 Ubu ni ubutumwa Uhoraho yahaye Yeremiya.

2 Hagarara ku irembo ry’Ingoro, maze utangaze ubu butumwa: nimwumve Ijambo ry’Uhoraho mwebwe Bayuda mwinjiye muri aya marembo muje gusenga Uhoraho.

3 Uhoraho Nyiringabo Imana y’Abisiraheli aravuze ati: “Nimutunganye imigenzereze n’imikorere yanyu, bityo nzabareka muture muri iki gihugu.

4 Ntimukiringire ibinyoma ngo muvuge muti: ‘Iyi ni Ingoro y’Uhoraho! Ingoro y’Uhoraho! Ingoro y’Uhoraho!’

5 Nyamara nimuhindure imigenzereze n’imikorere yanyu mugire ubutabera.

6 Nimureke gukandamiza abasuhuke n’impfubyi n’abapfakazi, mureke kwicira inzirakarengane aha hantu, kandi mureke kuyoboka ibigirwamana bibazanira amakuba.

7 Nimugenza mutyo nzabareka muture aha hantu, no mu gihugu neguriye ba sokuruza burundu.

8 “Nyamara mwizera ibinyoma bidafite umumaro.

9 Dore muriba, murica, murasambana, murahira ibinyoma, mwosereza imibavu Bāli, muyoboka ibigirwamana mutigeze mumenya.

10 Muza imbere yanjye muri iyi Ngoro yanyeguriwe muvuga muti: ‘Turi amahoro’, nyamara mugakomeza gukora ibi bizira byose.

11 Mbese mutekereza ko iyi Ngoro yanyeguriwe ari indiri y’abajura? Nyamara jye nabonye ari uko bimeze.

12 “Ngaho nimujye i Shilo aho natoranyije ngo habe Inzu yanjye, maze murebe uko nahagenje bitewe n’ububi bw’ubwoko bwanjye bw’Abisiraheli.

13 Mwakoze ibi bibi byose nubwo ntahwemye kuvugana namwe, ariko ntimwanyumva. Narabahamagaye nyamara ntimwanyitaba.

14 Ni yo mpamvu uko nagenjeje Shilo, ari na ko nzagenzereza iyi Ngoro yanyeguriwe, kimwe n’aha hantu nabeguriye mwebwe ubwanyu na ba sokuruza.

15 Nzabirukana mujye kure yanjye nk’uko nagenje abavandimwe banyu b’Abisiraheli.”

Ubwoko bwigometse

16 Uhoraho abwira Yeremiya ati: “Ntugire icyo usabira aba bantu kandi ntuntakambire ku bwabo, ntuntitirize kuko ntazakumva.

17 Mbese ntureba ibyo bakorera mu mijyi y’u Buyuda no mu mayira y’i Yeruzalemu?

18 Abana baratashya inkwi, ba se baracana umuriro, naho abagore barategura imigati yo gutura ikigirwamanakazi bita ‘Umwamikazi w’ijuru’. Byongeye kandi baratura ibigirwamana ituro risukwa bagambiriye kundakaza.

19 Ubwo se ni jyewe bababaza, cyangwa ni bo ubwabo bibabaza bikoza isoni?”

20 Ni cyo gitumye Nyagasani Uhoraho avuga ati: “Uburakari bwanjye n’umujinya wanjye nzabisuka aha hantu, nzabisuka ku bantu no ku nyamaswa, no ku biti no ku mbuto zo mu murima. Uburakari bwanjye buzagurumana nk’umuriro udateze kuzima.”

21 Uhoraho Nyiringabo Imana y’Abisiraheli aravuze ati: “Nimwongēre ibitambo bikongorwa n’umuriro, mubyongere ku bindi bitambo maze mwirire inyama zabyo.

22 Koko rero ubwo nakuraga ba sokuruza mu Misiri, sinigeze ngira icyo mbabwira cyangwa mbategeka ku byerekeye ibyo bitambo bikongorwa n’umuriro, n’ibindi bitambo.

23 Nyamara narababwiye nti: ‘Nimunyumve bityo nzaba Imana yanyu namwe mube ubwoko bwanjye. Nimukurikize amategeko mbahaye kugira ngo mumererwe neza.’

24 Nyamara ntibanyumviye kandi ntibanyitayeho, ahubwo bakurikije imigambi yabo mibi barinangira, basubira inyuma aho kujya imbere.

25 Kuva igihe ba sokuruza baviriye mu Misiri kugeza ubu, sinahwemye kubatumaho abahanuzi banjye.

26 Nyamara ntibanyumviye kandi ntibanyitayeho, ahubwo bakomeje kwigomeka bakora ibibi kurusha ba sekuruza.

27 “None rero uzababwira aya magambo yose, nyamara ntibazakumva. Uzabahamagara, nyamara ntibazakwitaba.

28 Icyakora uzababwire uti: ‘Muri ubwoko butumvira Uhoraho Imana yabwo, ubwoko butemera gucyahwa. Ukuri kwarayoyotse ntikukibarangwaho.’ ”

Akabande k’Ubwicanyi

29 Mwa baturage b’i Yeruzalemu mwe,

nimwimoze imisatsi muyijugunye,

nimuririre ku misozi.

Koko Uhoraho yarabanze arabatererana,

yarabanze kuko mwamurakaje.

30 Uhoraho aravuga ati: “Abayuda bakoreye ibibi imbere yanjye, bashyize ibigirwamana byabo bizira mu Ngoro yanyeguriwe, maze barayihumanya.

31 Bubatse ahasengerwa ibigirwamana i Tofeti mu kabande ka Hinomu, kugira ngo bajye batamba abahungu babo n’abakobwa babo ho ibitambo bikongorwa n’umuriro. Nyamara sinigeze mbibategeka, nta n’ubwo nigeze mbitekereza.

32 Igihe kizagera he kongera kwitwa Tofeti cyangwa akabande ka Hinomu, ahubwo hazitwa akabande k’Ubwicanyi. Hazahinduka irimbi, kuko nta handi bazaba bagifite bahamba abantu.

33 Imirambo y’abo bantu izaba ibyokurya by’ibisiga n’inyamaswa zo mu gasozi, kandi nta muntu uzabyirukana.

34 Igihugu kizahinduka amatongo. Nzacecekesha amajwi y’ibyishimo mu mijyi y’u Buyuda no mu mayira y’i Yeruzalemu, ntihazongera kumvikana indirimbo ziririmbirwa umukwe n’umugeni.”

Categories
Yeremiya

Yeremiya 8

1 Uhoraho aravuga ati: “Icyo gihe amagufwa y’abami b’u Buyuda n’abatware baho, n’ay’abatambyi n’ay’abahanuzi, n’ay’abatuye muri Yeruzalemu azatabururwa mu mva.

2 Ayo magufwa azajugunywa ku gasozi yaname ku zuba n’ukwezi n’inyenyeri bakundaga, bakabikorera, bakabiyoboka, bakabigisha inama kandi bakabisenga. Ntazahambwa ahubwo azahinduka nk’ibishingwe biri ku gasozi.

3 Abarokotse muri ubwo bwoko bubi, aho nabatatanyirije hose bazahitamo gupfa aho gukomeza kubaho.” Uko ni ko Uhoraho Nyiringabo avuze.

Icyaha n’igihano

4 Uhoraho aravuze ati:

“Ubaze abantu banjye uti:

‘Mbese iyo umuntu aguye ntabyuka?

Mbese iyo umuntu ayobye ntagaruka?

5 Kuki aba bantu bayobye bakanga kungarukira?

Batsimbaraye ku kinyoma banga kungarukira.’

6 “Naritonze ntega amatwi,

nyamara ntibigeze bavuga ukuri.

Nta n’umwe muri bo wihana ubugome bwe,

nta wibaza ati: ‘Nakoze iki?’

Buri wese akurikira imigenzereze ye,

buri wese ameze nk’ifarasi yiruka iri ku rugamba.

7 “Ikiyongoyongo kimenya igihe kigomba kwimuka,

inuma n’intashya n’umusambi bimenya igihe bizagurukira,

nyamara abantu banjye ntibazi ibyemezo nafashe.

8 Mushobora mute kuvuga muti:

‘Turi abanyabwenge dufite Amategeko y’Uhoraho?’,

nyamara abigishamategeko barayagoretse.

9 Abanyabwenge banyu bazakorwa n’isoni,

bazumirwa kandi bafatirwe mu mutego.

Koko rero basuzuguye Ijambo ry’Uhoraho,

none se ubwo ni bwenge ki?

10 “Abagore babo n’amasambu yabo nzabyegurira abandi,

kuva ku muto kugeza ku mukuru bararikira inyungu mbi,

abahanuzi n’abatambyi barariganya.

11 Ibikomere by’abantu banjye babibona nk’aho byoroheje,

baravuga bati: ‘Amahoro, amahoro’,

nyamara nta mahoro ariho.

12 Mbese batewe isoni n’ibikorwa byabo bibi?

Reka da! Nta soni bibatera,

nta n’ubwo babyitaho.

Ni yo mpamvu bazarimbuka nk’abandi bose,

nzabahana barimbuke.”

13 Uhoraho aravuga ati:

“Nashatse gukoranya abantu banjye nk’urundarunda umusaruro,

nyamara bameze nk’umuzabibu cyangwa umutini bitagira imbuto.

Amababi yabyo yarumiranye,

bityo nzabateza ababakandamiza.”

14 Abantu baravuga bati:

“Kuki twicaye nta cyo dukora?

Reka dukoranire hamwe,

reka duhungire mu mijyi ntamenwa dupfireyo.

Dore Uhoraho Imana yacu yadutanze ngo dupfe,

yatwuhiye amazi aroze,

koko rero twamucumuyeho.

15 Twari twizeye kuzagira amahoro,

nyamara nta cyiza twabonye.

Twari dutegereje gukizwa,

nyamara twugarijwe n’ibidutera ubwoba.

16 Urusaku rw’amafarasi y’abanzi rurumvikanira i Dani,

isi yose irahinda umushyitsi,

irahindishwa umushyitsi n’urusaku rw’amafarasi,

abanzi baje kurimbura igihugu n’ibirimo byose,

baje kurimbura umurwa n’abawutuye.”

17 Uhoraho aravuga ati:

“Nzabateza inzoka z’impiri,

nzabateza iz’ubumara butagomborwa zibarume.”

Yeremiya aterwa agahinda n’ubwoko bwe

18 Agahinda mfite ntigashobora gushira,

nakutse umutima.

19 Umva umuborogo w’ubwoko bwanjye,

umva umuborogo uturutse hirya no hino mu gihugu.

Mbese Uhoraho ntakiba i Siyoni?

Mbese Umwami wa Siyoni ntakiyibamo?

Uhoraho aravuga ati:

“Kuki bandakaje basenga ibigirwamana?

Kuki bayobotse imana z’amahanga?”

20 Yeremiya aravuga ati:

“Isarura rirarangiye n’impeshyi irashize,

nyamara ntitwabonye agakiza.

21 Nashengutse kubera ibikomere by’ubwoko bwanjye,

ndi mu cyunamo nacitse intege.

22 Mbese nta muti uboneka i Gileyadi?

Mbese nta muganga ukiharagwa?

Ni kuki ibikomere by’ubwoko bwanjye bidashira?

23 Iyaba umutwe wanjye wari iriba ry’amazi,

iyaba amaso yanjye yari isōko y’amarira,

narira ku manywa na nijoro,

naririra abantu banjye bishwe.

Categories
Yeremiya

Yeremiya 9

Ubwoko burangwa n’ikinyoma

1 “Iyaba nari mfite icumbi mu butayu,

nahungishirizayo abantu banjye.

Koko rero bose ni abasambanyi n’abagambanyi.”

2 Uhoraho aravuga ati:

“Bahora biteguye kubeshya,

ukuri ntikwitabwaho,

ikinyoma cyahawe intebe mu gihugu.

Abantu banjye ntibahwema gukora ibibi,

abantu banjye ntibamenya.

3 Nimwirinde incuti zanyu,

ntimukiringire abavandimwe banyu.

Koko rero buri muvandimwe ni umubeshyi,

buri ncuti irasebanya.

4 Buri wese aryarya mugenzi we,

nta n’umwe uvuga ukuri.

Bimenyereje kuvuga ibinyoma,

batsimbaraye ku bibi,

banze kungarukira.

5 Barangwa n’urugomo n’ibinyoma,

naho jyewe ntibashaka kumenya.”

6 Ni cyo gituma Uhoraho Nyiringabo avuga ati:

“Nzabashongesha nk’ubutare mbagerageze.

Abantu banjye bakoze ibibi nabakorera kindi ki?

7 Ururimi rwabo ni nk’umwambi wica,

bahora bavuga ibinyoma.

Buri wese avugisha mugenzi we neza,

nyamara agambiriye kumugusha mu mutego.

8 None se sinari nkwiye kubibahanira?

Mbese sinari nkwiye kwihimura ubwoko bumeze butyo?”

Igihe cyo kurira no kuboroga

9 Yeremiya aravuga ati:

“Nzarira mboroge kubera imisozi,

nzaboroga kubera inzuri zabaye ubutayu.

Koko zabaye ikidaturwa, nta muntu ukihakoza n’ikirenge,

nta matungo akiharangwa,

inyoni n’inyamaswa byarahunze.”

10 Uhoraho aravuga ati:

“Yeruzalemu nzayihindura amatongo,

nzayihindura isenga rya za nyiramuhari,

imijyi y’u Buyuda nzayihindura ikidaturwa,

nta muntu uzayirangwamo.”

11 Yeremiya arabaza ati:

“Uhoraho, kuki iki gihugu cyabaye amatongo?

Kuki cyahindutse ikidaturwa?

Kuki nta muntu ukikirangwamo?

Ni nde munyabwenge bihagije wabimenya?

Ni nde wabisobanuriwe wabibwira abandi?”

12 Uhoraho aramusubiza ati: “Byatewe n’uko baretse Amategeko nabahaye. Banze kunyumvira ntibakora ibyo mbabwiye,

13 ahubwo barinangiye baramya za Bāli nk’uko babyigishijwe na ba sekuruza.

14 None rero nimwumve icyo jyewe Uhoraho Nyiringabo Imana y’Abisiraheli nzakora: aba bantu nzabagaburira ibyokurya birura kandi mbuhire amazi arimo uburozi.

15 Nzabatatanyiriza mu mahanga batigeze bamenya, bo ubwabo cyangwa ba sekuruza. Nzabateza abo kubicisha inkota kugeza ubwo nzabatsembaho.”

Abantu b’i Yeruzalemu batakambira uwabafasha

16 Uhoraho Nyiringabo aravuga ati:

“Nimubaririze, muhamagare abagore bazi kuganya,

nimuhamagare abagore bazi kuririra abapfuye.”

17 Abantu na bo baravuga bati:

“Nimubabwire batebuke baduterere indirimbo z’icyunamo,

nibaririmbe kugeza ubwo amaso yacu abungamo amarira,

nibaririmbe kugeza ubwo amarira atemba.”

18 Yeremiya aravuga ati:

“Nimwumve imiborogo iturutse i Siyoni,

turarimbutse dukozwe n’isoni!

Dukwiriye kuva muri iki gihugu,

dore ingo zacu zirashenywe.

19 Mwa bagore mwe, nimwumve Ijambo ry’Uhoraho,

nimutege amatwi mwumve icyo ababwira.

Nimwigishe abakobwa banyu kuganya,

nimwigishe incuti zanyu indirimbo z’icyunamo.

20 Dore urupfu rwinjiriye mu madirishya yacu,

rwinjiye mu mazu yacu meza.

Abana rwabatsinze mu mayira,

abasore rubatsinze mu mihanda migari.

21 Intumbi zandagaye ahantu hose,

zimeze nk’ibishingwe birunze mu murima,

zimeze nk’imiba irambitse inyuma y’umusaruzi, itagira uyiraruza.”

Kumenya Uhoraho ni byo bwenge

22 Uhoraho aravuze ati:

“Umunyabwenge ntakirate ubwenge bwe,

umunyambaraga ntakirate imbaraga ze,

umukire ntakirate ubukire bwe.

23 Ushaka kwirata yirate ko anzi kandi asobanukiwe ko ndi Uhoraho.

Niyirate ko urukundo rwanjye ruhoraho,

niyirate ko nkorana ubutabera n’ubutungane ku isi.

Koko rero ibyo ni byo nishimira.”

24 Uhoraho aravuga ati: “Igihe kiri hafi ngahana abirata ko bimoje imisatsi.

25 Nzahana Abanyamisiri n’Abayuda, n’Abedomu n’Abamoni, n’Abamowabu n’abantu batuye mu butayu bogosha ubwanwa bwo mu misaya. Koko rero aba bantu bose ndetse n’Abisiraheli ubwabo, ntibanyiyeguriye.”

Categories
Yeremiya

Yeremiya 10

Kuramya Imana cyangwa ibigirwamana

1 Mwa Bisiraheli mwe, nimwumve icyo Uhoraho ababwira.

2 Uhoraho aravuga ati:

“Ntimugakurikize imigenzereze y’andi mahanga,

ntimugaterwe ubwoba n’ibimenyetso biboneka ku ijuru,

nubwo byateye ubwoba amahanga.

3 Imigenzo y’abo bantu nta cyo imaze,

batema igiti mu ishyamba,

umubaji akakibājisha icyuma cye.

4 Agitakaho ifeza n’izahabu,

agifatanyisha inyundo n’imisumari,

aragiteranya ntikijegajege.

5 Ibyo bigirwamana bimeze nk’ibishushanyo bikanga inyoni mu murima w’inzuzi zera ibicuma,

ntibishobora kuvuga.

Barabiheka kuko bitakwigenza,

ntimubitinye kuko nta cyo byabatwara,

nta cyiza bishobora gukora.”

6 Uhoraho, nta wahwana nawe,

urakomeye, ububasha bwawe ntibugereranywa.

7 Ni nde utakubaha wowe mwami w’amahanga?

Ukwiye icyubahiro mu banyabwenge bose b’amahanga,

mu bihugu byose nta n’umwe muhwanye.

8 Bose ni abapfapfa ntibagira ubwenge,

nta cyo bashobora kwigishwa n’ibigirwamana byabājwe mu giti.

9 Ibyo bigirwamana birimbishijwe ifeza yavuye i Tarushishi,

birimbishijwe izahabu inoze yavuye Ufazi.

Byakozwe n’umunyabukorikori n’umucuzi b’abahanga,

babyambitse imyambaro y’umuhemba n’iy’umutuku.

10 Nyamara Uhoraho ni Imana y’ukuri,

ni Imana ihoraho n’umwami w’ibihe byose.

Iyo arakaye isi ihinda umushyitsi,

amahanga ntashobora kwihanganira umujinya we.

11 Muzababwire muti:

“Za mana zitaremye ijuru n’isi zizarimburwa ku isi.

Indirimbo yo gusingiza Imana

12 “Uhoraho yaremesheje isi ububasha bwe,

yahanze isi akoresheje ubwenge bwe,

yabambye ijuru ku bw’ubuhanga bwe.

13 Iyo ategetse, amazi yo ku ijuru yibumbira hamwe,

akoranya ibicu abivanye ku mpera z’isi,

yohereza imirabyo imvura ikagwa,

akura umuyaga mu ndiri yawo.

14 Iyo abantu babibonye bibabera urujijo bakumirwa,

abakora ibigirwamana bakorwa n’isoni.

Koko rero bakora imana z’ibinyoma zitagira ubuzima.

15 Nta gaciro zifite, zikwiriye gusuzugurwa,

igihe cyo guhana zizarimbuka.

16 Imana ya Yakobo yo ntimeze nka zo,

ni yo yaremye ibintu byose,

ni yo yagize Abisiraheli ubwoko bwayo,

izina ryayo ni Uhoraho Nyiringabo.”

Igihe cyo kujyanwa ho iminyago kiri hafi

17 Yeremiya aravuga ati:

“Yemwe bantu b’i Yeruzalemu, murugarijwe,

nimuhambire ibyanyu muhunge.

18 Koko rero Uhoraho aravuga ati:

‘Ubu ngiye kubirukana muve muri iki gihugu,

nzabababaza cyane nta n’umwe uzahasigara.’ ”

19 Abantu b’i Yeruzalemu batera hejuru bati:

“Mbega ishyano tugushije! Turakomeretse.

Igikomere cyacu ntigiteze gukira.

Nyamara twaribwiraga tuti:

‘Ibi ni ibyago dushobora kwihanganira.

20 None dore amahema yacu yasenyutse,

imigozi yayo yacitse,

abana bacu bahunze,

nta n’umwe wo kudushingira ihema.’ ”

21 Yeremiya arasubiza ati:

“Abayobozi babaye injiji,

ntibagisha Uhoraho inama,

ni yo mpamvu bananiwe,

bityo abantu babo baratatana.

22 Nimwumve inkuru itugezeho:

imvururu zikomeye ziturutse mu gihugu cyo mu majyaruguru,

ingabo zacyo zizahindura imijyi y’u Buyuda amatongo,

izahinduka amasenga ya za nyiramuhari.”

Yeremiya asabira ubwoko bwe

23 Uhoraho, nzi neza ko umuntu nta cyo yakwigezaho,

nta muntu ushobora kugenzura imibereho ye.

24 Uhoraho, dukosore uduhane,

nyamara ntuduhane wihanukiriye,

ntubigirane uburakari utadutsembaho.

25 Ahubwo urakarire amahanga yanze kukumenya,

urakarire ibihugu bitagusenga.

Koko rero bishe abantu bawe,

igihugu cyacu bagihinduye amatongo.