Categories
Yakobo

Yakobo 1

Indamutso

1 Jyewe Yakobo umugaragu w’Imana n’Umwami wacu Yezu Kristo,

ndabaramukije ab’imiryango cumi n’ibiri batataniye mu mahanga.

Ubwenge buzanwa no kwizera Imana

2 Bavandimwe, igihe mugezweho n’ibigeragezo by’uburyo bwose mujye mubyishimira.

3 Mumenye ko iyo ukwizera Imana kwanyu kugeragejwe bibatera kwihangana.

4 Mureke ukwihangana kurangize umurimo wako, kugira ngo mube indakemwa, mushyitse, nta cyo mubuze.

5 Niba muri mwe hari ubuze ubwenge nasabe Imana ibumuhe, kuko iha bose itītangira kandi idacyurira umuntu.

6 Ariko asabe yizeye ari nta cyo ashidikanya, kuko ushidikanya yagereranywa n’umuhengeri wo mu kiyaga, umuyaga ukoza hirya no hino.

7 Umuntu nk’uwo ntakībwire ko hari icyo Nyagasani yamuha,

8 kuko ari nyamujyiryanino uhindagurika mu byo akora byose.

Ubukene n’ubukungu

9 Umuvandimwe woroheje ajye yishimira ko Imana imushyira ejuru,

10 n’umukungu na we ajye yishimira ko Imana imucisha bugufi, kuko iherezo azahita nk’ururabyo rwo ku gasozi.

11 Izuba rirarasa maze ryakara rikumisha ibyatsi, indabyo zigahunguka n’ubwiza bwazo bukayoyoka. Uko ni ko umukungu azayoyokana n’ibyo ahirimbanamo.

Ibishuko n’ibigeragezo

12 Hahirwa umuntu wihanganira ibimugerageza, kuko Imana nibona ko atsinze izamuhemba ikamba ry’ubugingo yasezeranyije abayikunda.

13 Igihe umuntu ashutswe ngo akore icyaha ntakavuge ati: “Imana ni yo inshutse”, kuko Imana idashukwa ngo ikore ibibi cyangwa na yo ngo igire uwo ishuka.

14 Ahubwo umuntu wese ashukwa igihe irari rye bwite rimukuruye rikamugusha mu mutego,

15 nyuma iryo rari rigatwita rikabyara icyaha, n’icyaha cyamara gukura kikabyara urupfu.

16 Bavandimwe nkunda, ntimukayobe!

17 Icyiza cyose umuntu agabiwe kimwe n’impano yose ihebuje ahawe, bikomoka mu ijuru ku Mana yaremye ibinyarumuri byo ku ijuru. Yo ntigira ubwo ihinduka cyangwa ngo itere umwijima nk’izuba igihe rirenze.

18 Ni yo yiyemeje kutubyara ikoresheje Ijambo ry’ukuri, kugira ngo tuyiturwe ho umuganura w’ibyaremwe byose.

Gutega amatwi no gukora

19 Bavandimwe nkunda, murazirikane ibi: buri muntu ajye yihutira gutega amatwi ariko atinde kuvuga, atinde no kurakara

20 kuko umuntu urakaye adakora ibitunganiye Imana.

21 Kubera ibyo rero mwitandukanye n’ibyanduza umutima byose, kimwe n’ubugizi bwa nabi bugwiriye, maze mwiyoroshye mwakire Ijambo Imana yateye mu mitima yanyu, kuko ari ryo ribasha kubakiza.

22 Ntimukishuke ngo mupfe kumva Ijambo ry’Imana gusa, ahubwo mujye mukora icyo ribabwira,

23 kuko uwumva iryo Jambo ntarikurikize, yagereranywa n’umuntu wirebera mu ndorerwamo,

24 nyuma akagenda agahita yibagirwa uko asa.

25 Ariko uhanga amaso ku Mategeko atagira amakemwa, ya yandi abohora abantu, akayizirikaho ntiyibagirwe ibyo yumvise, ahubwo agakora ibyo ayo Mategeko avuga, uwo azagira ihirwe mu byo akora byose.

26 Umuntu wibwira ko ari umunyedini nyamara ntagenge ururimi rwe aba yishuka, kandi idini ye iba idafite akamaro.

27 Idini itunganye kandi idafite inenge ndetse igashimwa n’Imana Data, ni ugusūra impfubyi n’abapfakazi bari mu makuba, no kwirinda kwanduzwa n’imigenzereze y’ab’isi.

—https://api-cdn.youversionapi.com/audio-bible-youversionapi/126/32k/JAS/1-da5ab49d9ae66c6b5e7b693ea2498433.mp3?version_id=387—

Categories
Yakobo

Yakobo 2

Kudasumbanya abantu

1 Bavandimwe, ntimugasumbanye abantukuko bitagendana no kwemera Umwami wacu Yezu Kristo Nyir’ikuzo.

2 Tuvuge ko mu ikoraniro ryanyu haje umuntu wambaye impeta y’izahabu ku rutoki n’imyenda ibengerana, hakaza n’umukene wambaye ubushwambagara.

3 Nuko mukita ku wambaye imyenda ibengerana mukamubwira muti: “Nimushyike aha hantu mwateguriwe.” Nuko mukabwira wa mukene muti: “Hagarara hariya!”, cyangwa muti: “Wowe icara aha hasi!”

4 Mbese iyo mugize mutyo ntimuba musumbanyije abantu, mukaba mwigize abacamanza badashingiye ku butabera?

5 Bavandimwe nkunda, mbabaze: mbese Imana ntiyatoranyije abakene bo ku isi ngo babe abakungu mu kuyizera, kugira ngo ibahe ubwami bwayo ho umunani yasezeranyije abayikunda?

6 Nyamara mwebwe musuzugura abakene. Mbese ye, abakungu si bo babatwaza igitugu bakabakurubana mu nkiko?

7 Ese si bo batuka rya zina ryiza mwitiriwe?

8 Ahubwo muba mukoze neza iyo mukurikije Itegeko ry’ubwami bw’Imana, nk’uko Ibyanditswe bivuga ngo: “Ujye ukunda mugenzi wawe nk’uko wikunda.”

9 Ariko niba musumbanya abantu muba mukora icyaha, noneho iryo tegeko rikabacira urubanza kuko mwaryishe.

10 Umuntu ukurikiza Amategeko iyo agize rimwe ateshukaho, aba ameze nk’uyishe yose.

11 Erega iyavuze iti: “Ntugasambane” ni na yo yavuze iti: “Ntukice.” None rero niba udasambana ariko ukica, uba wishe Amategeko.

12 Mu byo muvuga no mu byo mukora, mujye mumera nk’abategereje gucirwa urubanza na ya Mategeko abohora abantu.

13 Utagiriye abandi impuhwe azacirwa iteka nta mpuhwe. Nyamara uwagize impuhwe nta rubanza ruzamutsinda.

Kwizera Imana kugaragazwa n’ibikorwa byiza

14 Bavandimwe, umuntu byamumarira iki kuvuga ko yizeraImana niba ibikorwa bye bitabigaragaza? Mbese ukwizera nk’uko gushobora kumukiza?

15 Tuvuge ko abavandimwebambaye ubusa bakaba babuze ibibatunga

16 umwe muri mwe akababwira ati: “Nimugende amahoro, mususuruke mushire inzara”, byabamarira iki mutagize icyo mubaha cyo kubabeshaho?

17 Bityo ukwizera Imana iyo kuri konyine kutarangwa n’ibikorwa, kuba gupfuye.

18 Ariko umuntu ashobora kuvuga ati: “Wowe wizera Imana, naho jye mfite ibikorwa.” Ngaho nyereka ukwizera kwawe kutagira ibikorwa, nanjye ndakoresha ibikorwa byanjye ngo nkwereke ko biva ku kwizera Imana.

19 Mbese wizera Imana ukemera ko ari imwe rukumbi? Ibyo ni byiza. Erega n’ingabo za Satani ni ko zibyemera,ndetse zigahinda umushyitsi!

20 Wa mupfu we, ese urashaka icyemezo cyerekana ko kwizera Imana kutazana ibikorwa kuba ari nta kamaro?

21 Mbese sogokuruza Aburahamu si ibikorwa bye byatumye atunganira Imana, igihe yatangaga umuhungu we Izaki ho igitambo ku rutambiro?

22 Urumva ko kwizera Imana kwe n’ibikorwa bye byagendanaga, kandi ukwizera kwe kujujwe n’ibikorwa.

23 Kwari ukugira ngo bibe nk’uko Ibyanditswe bivuga ngo: “Aburahamu yizeye Imana bituma abarwa nk’intungane”, maze yitwa incuti y’Imana.

24 Murabona ko umuntu atagirwa intungane imbere y’Imana no kuyizera konyine, ahubwo anabiheshwa n’ibikorwa bye.

25 Mbese Rahabu w’indaya we Imana ntiyamugize intungane bitewe n’ibikorwa bye, igihe yacumbikiraga ba batasi batumwe na Yozuwe akabacikisha abanyujije mu yindi nzira?

26 Erega n’ubundi nk’uko umuntu udafite umwuka aba apfuye, ni na ko ukwizera Imana kutagira ibikorwa kuba gupfuye!

—https://api-cdn.youversionapi.com/audio-bible-youversionapi/126/32k/JAS/2-a328334251b8763c9452c4974c8fc4f9.mp3?version_id=387—

Categories
Yakobo

Yakobo 3

Kugenga ururimi

1 Bavandimwe, si benshi muri mwe mugomba kuba abigisha. Muzi yuko twebwe abigisha tuzacirwa urubanza ruruta urw’abandi.

2 Twese dufudika mu buryo bwinshi. Udafudika mu byo avuga aba ari indakemwa, abasha no kugenga umubiri we wose.

3 Dushyira utwuma mu kanwa k’amafarasi bityo akatwumvira, twakurura imikoba utwuma tuziritseho, ifarasi uko yakabaye ikerekera aho dushaka.

4 Dore n’amato yo mu nyanjanubwo ari manini bwose kandi akagenzwan’inkubi y’umuyaga, ayoborwa n’ingashya nto cyane akagana aho umusare werekeza ubwato ashaka.

5 N’ururimi na rwo ni ruto mu ngingo z’umubiri, nyamara rwiratana ibikorwa bikomeye.

Ibaze ukuntu agashashi k’umuriro gashobora gutwika ishyamba rinini!

6 Ururimi na rwo ni umuriro. Ni isangano y’ububi bungana n’isi. Ni rumwe mu ngingo z’umubiri wacu kandi rukawangiza wose, rugatwikisha imibereho yacu yose umuriro rurahura muri ya nyenga itazima.

7 Amoko yose y’inyamaswa n’inyoni n’ibikururuka n’ibikoko biba mu mazi, abantu bashobora kubitoza kubumvira ndetse bigeze kubikora.

8 Ariko ururimi rwo nta wagira icyo arutoza ngo arushobore. Ni icyorezo kidahosha cyuzuye uburozi bwica.

9 Ni rwo dukoresha ngo dushimire Nyagasani Imana ari yo Data, kandi ni na rwo dukoresha ngo tuvume abantu yaremye basa na yo.

10 Bityo mu kanwa kamwe hakavamo umugisha n’umuvumo. Bavandimwe, ntibikwiriye kumera bityo.

11 Mbese isōko imwe yavubura amazi meza n’arura?

12 Bavandimwe, mbese hari ubwo igiti cy’umutini cyakwera imbuto z’umuzeti, cyangwa ngo umuzabibu were imbuto z’umutini? Ni na ko ari nta wavoma amazi meza mu isōko y’amazi arura.

Ubwenge buturuka mu ijuru

13 Ni nde muri mwe ufite ubwenge no gusobanukirwa? Nabyerekanishe ibyo akora abiterwa n’imyifatire myiza, byose abikesha ubugwaneza buva ku bwenge.

14 Ariko niba imitima yanyu yuzuye ishyari n’amakimbirane, mureke kwirata ngo muhakane ukuri.

15 Ubwenge nk’ubwo ntibuturuka mu ijuru, ahubwo ni ubw’isi na kamere y’umuntu ndetse na Satani.

16 Ahari ishyari n’amakimbirane, ntihabura umuvurungano n’ibikorwa by’imburamumaro byose.

17 Ariko ubwenge buturuka mu ijuru icya mbere buraboneye, byongeye kandi buzana amahoro n’ineza no kumvikana n’abandi, bwuzuye impuhwe no kugira neza, nta gusumbanya abantu nta n’uburyarya.

18 Abanyamahoro babiba ibizana amahoro, bagasarura ubutungane.

—https://api-cdn.youversionapi.com/audio-bible-youversionapi/126/32k/JAS/3-7ed604799ec079f2273b76caee2b9ceb.mp3?version_id=387—

Categories
Yakobo

Yakobo 4

Kudakunda iby’isi

1 Mbese izo ntambara n’amahane biri muri mwe bikomoka he? Aho ntibikomoka ku byo murarikira birwanira mu mibiri yanyu?

2 Mwifuza ikintu mwakibura mukica. Muhirimbanira ikintu, mutashobora kukigeraho mugatongana mukarwana. Nta cyo muhabwa kuko mudasaba Imana.

3 N’iyo musabye ntimuhabwa kuko musaba nabi, mushaka ibyo gutagaguza mu byo murarikiye.

4 Mwa basambanyimwe, mbese ntimuzi ko ukunda iby’isi aba ari umwanzi w’Imana? Nuko rero umuntu wese uhitamo gukunda iby’isi aba yigize umwanzi w’Imana.

5 Ese mutekereza ko Ibyanditswe ari ugupfa kuvuga, igihe bigira biti: “Imana ifuhira umwuka yashyize muri twe”?

6 Nyamara kandi ubuntu Imana igira burahebuje, nk’uko Ibyanditswe bivuga ngo: “Imana irwanya abirasi, ariko abicisha bugufi ibagirira ubuntu.”

7 Nuko rero nimwemere kugengwa n’Imana, ariko murwanye Satani na we azabahunga.

8 Nimwegere Imana na yo izabegera.Mwa banyabyaha mwe, nimukarabe, namwe abafata impu zombi, nimuhumanure imitima yanyu.

9 Nimushavure, murire muboroge. Ibitwenge byanyu nibihinduke imiborogo, n’ibyishimo byanyu bihinduke agahinda.

10 Mwicishe bugufi imbere ya Nyagasani na we azabakuza.

Kudasebya abavandimwe

11 Bavandimwe, ntimugasebanye. Usebya umuvandimwe we cyangwa akamunegura, aba asebya Amategeko y’Imana akayanegura. Kandi rero igihe unegura Amategeko ntuba ukigengwa na yo, ahubwo uba wigize umucamanza.

12 Imana yonyine ni yo itanga Amategeko kandi igaca imanza. Ni yo ifite ububasha bwo gukiza abantu no kubatsemba. Naho se wowe uri nde ngo unegure mugenzi wawe?

Kwirinda ubwirasi

13 Yemwe abavuga muti: “Uyu munsi cyangwa ejo tuzajya mu mujyi uyu n’uyu tumareyo umwaka, tuhacururize twunguke!”

14 Mwebwe habe ngo muzi n’uko muzaba mumeze ejo! Mbese ubugingo bwanyu ni iki? Mumeze nk’igihu kiboneka akanya gato kikaba kirayoyotse.

15 Ahubwo mwari mukwiriye kuvuga muti: “Nyagasani nabishaka tuzabaho maze dukore ibi n’ibi.”

16 Nyamara ubu murirata ndetse mukirarira! Bene ubwo bwirasi ni bubi.

17 Nuko rero umuntu uzi gukora icyiza ntagikore aba akoze icyaha.

—https://api-cdn.youversionapi.com/audio-bible-youversionapi/126/32k/JAS/4-4be4926d6f9c9da97401397c3d50b0ec.mp3?version_id=387—

Categories
Yakobo

Yakobo 5

Kuburira abakire

1 Mwa bakire mwe, muguweho! Nimurire muboroge kuko mugiye kugira ibyago.

2 Ubukungu bwanyu bwaraboze n’imyambaro yanyu yariwe n’inyenzi.

3 Izahabu n’ifeza mwabitse byaguye ingese, ingese yabyo ni yo izabashinja maze ikongore imibiri yanyu nk’umuriro. Mwabitse ubukungu muri iyi minsi y’imperuka.

4 Abasaruye imyaka yanyu ntimwabahembye none dore baraboroga! Umuborogo wabo kandi wageze mu matwi ya Nyagasani Nyiringabo.

5 Mwadābagiriye ku isi murarengwa. Mwashishe nk’amatungo none dore umunsi wo kubagwa urageze!

6 Intungane mwaziciriye urwo gupfa ntizabarwanya murazica!

Kwihangana no gusenga

7 Bavandimwe, mwihangane kugeza ubwo Nyagasani azaba aje. Muzirikane uko umuhinzi ategereza umusaruro mwiza w’ibyo yahinze. Awurindira yihanganye ategereje imvura y’umuhindo n’iy’itumba.

8 Namwe mube ari ko mwihangana mukomere, kuko kuza kwa Nyagasani kwegereje.

9 Bavandimwe, ntihagire uwitotombera undi kugira ngo bitabashyira mu rubanza. Dore umucamanza ageze ku irembo.

10 Bavandimwe, muzirikane abahanuzi bavuze mu izina rya Nyagasani, mube ari bo mukuraho urugero rwo kwihangana no kwiyumanganya mu mibabaro.

11 Dore abadacogora tubita abanyehirwe. Mwumvise uko Yobu yihanganyen’ibyo Nyagasani yamukoreye hanyuma, kuko Nyagasani agira impuhwe n’imbabazi.

12 Cyane cyane bavandimwe, ntimukarahire, kwaba kurahira mushingiye ku ijuru cyangwa ku isi, cyangwa ku kindi kintu icyo ari cyo cyose. Igihe mwemeye ikintu mujye muvuga gusa muti: “Yee”, n’igihe muhakanye muti: “Oya” kugira ngo mudashyirwa mu rubanza.

13 Mbese hari ubabaye muri mwe? Nasenge Imana. Hari uwishimye? Naririmbe asingize Imana.

14 Mbese hari urwaye muri mwe? Natumize abakuru b’itorero bamusabire, bamusīge n’amavutamu izina rya Nyagasani.

15 Byongeye kandi nibasenga bizeye Nyagasani, bizakiza umurwayi. Nyagasani azamuhagurutsa ari mutaraga, kandi naho yaba yarakoze ibyaha azabibabarirwa.

16 Mujye mubwirana ibyaha byanyu kandi musabirane, kugira ngo mukire indwara. Isengesho ry’umuntu w’intungane rigira ububasha, kandi Imana irikoresha umurimo wayo.

17 Eliya yari umuntu umeze nkatwe. Yasabye Imana ko imvura itagwa, maze imara imyaka itatu n’amezi atandatu itagwa.

18 Hanyuma yongera gusenga, imvura iragwa imyaka irera.

19 Bavandimwe, niba muri mwe hagize uyoba agateshuka inzira y’ukuri undi akamugarura,

20 mumenye ko ugaruye umunyabyaha akava mu nzira yayobeyemo, azaba akijije uwo muntu urupfu rw’iteka kandi atume ibyaha byinshi bibabarirwa.

—https://api-cdn.youversionapi.com/audio-bible-youversionapi/126/32k/JAS/5-2387bfdebf58fc3b084c8fe054c161d6.mp3?version_id=387—