Categories
Umubwiriza

Umubwiriza 1

Ibintu ni ubusa

1 Umva amagambo y’Umubwiriza mwene Dawidi, akaba n’umwami w’i Yeruzalemu.

2 Umubwiriza aravuga ati: “Ibintu ni ubusa ndetse ni ubusa busa, byose ni ubusa.

3 Imiruho ya buri munsi umuntu agira imumariye iki?

4 Igisekuru kirahita ikindi kikaza, nyamara isi yo ntihinduka.

5 Izuba rirarasa hanyuma rikarenga, rikagaruka aho rirasira.

6 Umuyaga uhuha werekeza mu majyepfo, ugahindūrira mu majyaruguru. Ukomeza guhuhera impande zose, hanyuma ugasubira aho waturutse.

7 Imigezi yose itemba ijya mu nyanja, ariko inyanja ntijya yuzura nubwo imigezi ikomeza gutemba.

8 Ibintu byose birarambirana ku buryo burenze uruvugiro. Amaso ntahāga kureba, n’amatwi ntarambirwa kumva.

9 Ibyabayeho ni byo bikomeza kubaho, n’ibyakozwe ni byo byongera gukorwa, nta gishyashya kiba ku isi.

10 Iyo hadutse ikintu gishya baravuga bati: ‘Kiriya kintu ni gishya.’ Nyamara na cyo kiba cyarigeze kubaho mu bihe byahise.

11 Nta rwibutso rw’ibya kera dusigarana, twibagirwa ibyabaye ku bakurambere bacu. Abazabaho nyuma yacu ntibazibukwa n’abazabakurikira.”

Umunyabwenge w’inararibonye

12 Jyewe Umubwiriza, nari umwami wa Isiraheli i Yeruzalemu.

13 Nagenzuye ibibera ku isi nitonze kandi mbikoranye ubwenge, nsanga ari umuruho utoroshye Imana yahaye abantu.

14 Nitegereje ibikorerwa ku isi byose nsanga ari ubusa, ni nko kwiruka inyuma y’umuyaga.

15 Icyagoramye ntigishobora kugororwa, n’ikitariho ntigishobora kubarwa.

16 Naribwiye nti: “Dore nagize ubwenge bwinshi kurusha abambanjirije ku ngoma i Yeruzalemu”, bityo nongereye ubwenge n’ubumenyi.

17 Nashishikariye gusobanukirwa ibyerekeye ubwenge, n’ibyerekeye ubusazi n’ubupfapfa, nsanga na byo ari ukwiruka inyuma y’umuyaga.

18 Koko ubwenge bwinshi ntibutana n’agahinda kenshi, uko wongera ubumenyi ni na ko wongera umubabaro.

Categories
Umubwiriza

Umubwiriza 2

1 Naribwiye nti: “Reka ngerageze kwishimisha ndebe”, ariko na byo nasanze ari ubusa.

2 Nasanze ibitwenge ari ubupfapfa, mbona ko umunezero nta cyo umaze.

3 Nagerageje kwinezeza nywa divayi, kandi nkomeza kwitwara nk’umunyabwenge. Nakoze n’iby’ubupfapfa ngira ngo ndebe, icyiza abantu babukuramo mu mibereho yabo y’igihe gitoya ku isi.

4 Nagize ibikorwa bihambaye. Niyubakiye amazu meza ntera n’imizabibu.

5 Nihingiye ubusitani n’imirima, nteramo ibiti byera imbuto z’amoko yose.

6 Nafukuye amariba ngo mbone amazi yo kuvomerera ishyamba rikiri rito.

7 Naguze inkoreragahato z’abagabo n’abagore mbongera ku bavukiye iwanjye. Natunze amatungo maremare n’amagufi menshi cyane, ndusha abambanjirije ku ngoma i Yeruzalemu.

8 Narundanyije ifeza n’izahabu, ndunda imitungo y’abami n’iy’ibihugu nigaruriye. Nagize abaririmbyi n’abaririmbyikazi banezezaga, ngira n’inshorekezanezezaga rwose.

9 Nabaye icyamamare nkungahara kurusha abambanjirije ku ngoma i Yeruzalemu, nyamara nakomeje kuba umunyabwenge.

10 Icyo nashatse cyose nakigezeho, sinigeze nibuza ibishimisha. Koko rero nishimishije mu byo nakoze byose, bityo biba ingororano y’umurimo wanjye.

11 Nyamara nitegereje ibyo nakoze byose n’imiruho byanteye, nsanga byose ari ubusa ari nko kwiruka inyuma y’umuyaga, nta nyungu yo ku isi.

12 Nashatse no kumenya akamaro ko kuba umunyabwenge, cyangwa umusazi, cyangwa umupfapfa. None se uzansimbura ku ngoma azakora iki kitakozwe?

13 Icyakora nasanze ubwenge burusha agaciro ubupfapfa, nk’uko umucyo urusha agaciro umwijima.

14 Umunyabwenge amenya iyo ajya, naho umupfapfa akagendera mu mwijima. Nyamara icyo nzi cyo ni uko iherezo ry’abo bombi ari rimwe.

15 Nuko ndibaza nti: “Niba iherezo ry’umupfapfa ari ryo ryanjye, kuba umunyabwenge byamariye iki?” Ni ko kuvuga nti: “Ibyo na byo ni ubusa.”

16 Koko umunyabwenge kimwe n’umupfapfa ntibazigera bibukwa, mu gihe kizaza bombi bazibagirana. Umunyabwenge azapfa kimwe n’umupfapfa.

17 Nazinutswe ubuzima, kuko mbona ibikorwa ku isi ari bibi, byose ni ubusa ni nko kwiruka inyuma y’umuyaga.

18 Nazinutswe ibintu byose byanteye umuruho ku isi, kuko ibyo nagezeho nzabisigira uzansimbura.

19 Ni nde wamenya niba uwo muntu azaba ari umunyabwenge cyangwa umupfapfa? Ntawabimenya! Nyamara azaba atunze ibyo naruhiye nkoresheje ubwenge bwanjye n’imbaraga zanjye. Ibyo na byo nasanze ari ubusa.

20 Nuko bituma ncika intege ku bw’imiruho yose nagiriye ku isi.

21 Umuntu akorana ubwenge n’ubushobozi n’amahirwe, hanyuma akabisigira utarigeze abivunikira. Ibyo na byo ni ukuruhira ubusa, ni akaga gakomeye.

22 None se inyungu y’umuntu ni iyihe muri iyo miruho yose?

23 Ibyo akora byose mu mibereho ye ni umuruho n’agahinda, na nijoro ibitekerezo bye ntibiruhuka. Ibyo na byo ni ukuruhira ubusa.

24 Nta cyiza umuntu agira kiruta kurya no kunywa, no kunezezwa n’ibikorwa bye. Ibi na byo narabigenzuye nsanga bitangwa n’Imana.

25 Koko rero, nta wushobora kurya ngo anyurwe atabikesha Imana.

26 Umuntu ushimisha Imana imuha ubwenge n’ubumenyi n’umunezero. Naho umunyabyaha imuha umurimo wo kurundanya ubukungu buzahabwa ushimisha Imana. Ibyo na byo nasanze ari ubusa, ni nko kwiruka inyuma y’umuyaga.

Categories
Umubwiriza

Umubwiriza 3

Buri kintu kigira igihe cyacyo

1 Buri kintu kigira igihe cyacyo,

ku isi buri gikorwa kigira umwanya wacyo.

2 Hari igihe cyo kuvuka n’igihe cyo gupfa,

hari igihe cyo gutera imyaka n’igihe cyo kuyisarura.

3 Hari igihe cyo kwica n’igihe cyo gukiza,

hari igihe cyo gusenya n’igihe cyo kubaka.

4 Hari igihe cyo kurira n’igihe cyo guseka,

hari igihe cyo gucura umuborogo n’igihe cyo kubyina.

5 Hari igihe cyo kujugunya amabuye n’igihe cyo kuyarunda,

hari igihe cyo guhoberana n’igihe cyo kudahoberana.

6 Hari igihe cyo gushakashaka n’igihe cyo kuzibukira,

hari igihe cyo kubika ikintu n’igihe cyo kukijugunya.

7 Hari igihe cyo gutabura ikintu n’igihe cyo kugiteranya,

hari igihe cyo guceceka n’igihe cyo kuvuga.

8 Hari igihe cyo gukunda n’igihe cyo kwanga,

hari igihe cy’intambara n’igihe cy’amahoro.

9 None se ibikorwa umuntu aruhira bimwungura iki?

10 Nitegereje imirimo Imana yahaye abantu kugira ngo bayikore,

11 buri kintu cyose yakiremye ari cyiza mu gihe cyacyo. Imana yashyize mu bantu ibitekerezo by’igihe cyahise n’igihe kizaza, nyamara ntibashobora kumenya ibikorwa by’Imana uhereye mu ntangiriro ukageza mu iherezo.

12 Nzi ko nta cyabera abantu cyiza, cyaruta kunezezwa no gukora ibyiza bakiriho.

13 Iyo umuntu arya kandi akanywa, akanezezwa n’ibikorwa bye, ibyo biba ari impano y’Imana.

14 Nzi ko icyo Imana yaremye kizaramba, nta cyo umuntu yacyongeraho cyangwa ngo akigabanyeho. Imana igenza ityo kugira ngo abantu bayubahe.

15 Ibiriho ubu byigeze kubaho, n’ibizabaho byabayeho mbere. Imana ihora igarura ibyigeze kubaho.

Amaherezo ya byose ni urupfu

16 Hari ikindi nabonye ku isi: ahari hakwiriye kuba ubutabera n’ubutungane higanje ubugome.

17 Naribwiye nti: “Imana izacira urubanza intungane kimwe n’umugome, kuko buri kintu cyose na buri gikorwa cyose kigira igihe cyacyo.”

18 Ndongera ndibwira nti: “Ku byerekeye abantu, Imana irabagerageza kugira ngo biyumvishe ko bameze nk’inyamaswa.”

19 Koko rero amaherezo y’abantu ni amwe n’ay’inyamaswa, urupfu rwabo ni rwo rw’inyamaswa, umwuka abantu bahumeka ni umwe n’uwazo. Abantu nta cyo barusha inyamaswa kuko amaherezo byose bihinduka ubusa.

20 Ibyo byombi bijya hamwe, byombi biva mu mukungugukandi bigasubira mu mukungugu.

21 Ni nde uzi niba umwuka w’umuntu uzamuka hejuru, naho umwuka w’inyamaswa ukamanuka mu butaka?

22 Uko nabibonye nta cyabera umuntu cyiza cyaruta kunezezwa n’ibikorwa bye, kuko ari wo mugabane we. None se ni nde uzamumenyesha ibizabaho amaze gupfa?

Categories
Umubwiriza

Umubwiriza 4

Akarengane n’amarorerwa mu mibereho y’abantu

1 Nongeye kwitegereza akarengane kari ku isi, mbona amarira y’abakandamizwa batagira ubarengera, abari kubarengera ni bo bari bafite ububasha bwo kubakandamiza.

2 Ndahamya ko abapfuye baguwe neza kurusha abakiri bazima.

3 Nyamara icyiza kuruta ibyo byombi, ni umwana utaravuka ngo yibonere amarorerwa aba ku isi.

4 Nabonye kandi ko imiruho yose n’ibikorwa abantu bageraho, babiterwa n’ishyari bafitiye bagenzi babo. Ibyo na byo ni ubusa, ni nko kwiruka inyuma y’umuyaga.

5 Umupfapfa aripfumbata, bityo akiyicisha inzara.

6 Ni byiza kugira duke tw’ineza aho kugira byinshi by’umuruho, na byo ni nko kwiruka inyuma y’umuyaga.

7 Narongeye mbona ikintu cy’imburamumaro ku isi,

8 umuntu uba wenyine utagira umwana, ntagire umuvandimwe nyamara ntahweme gukora, ahubwo agahora ararikiye ubukire. Ageraho akibaza ati: “Ndaruhira nde nibuza umunezero?” Ibyo na byo ni ubusa, ni ukuvunikira ubusa.

9 Ababiri bashyize hamwe baruta umwe, kuko babona inyungu z’imirimo yabo.

10 Igihe umwe muri bo aguye undi aramwegura, nyamara hagowe uba wenyine kuko iyo aguye atabona umwegura.

11 Ababiri baryamanye barasusuruka, nyamara uryamye wenyine yasusuruka ate?

12 Umuntu umwe ashobora gutsindwa n’umwanzi, nyamara ababiri baramutsinda. Umugozi w’inyabutatu ntupfa gucika.

13-14 Umuntu ashobora kuva mu bukene akaba umwami, cyangwa akava muri gereza akicara ku ntebe ya cyami. Nyamara iyo ageze mu zabukuru akaba umupfapfa ntakurikize inama agirwa, aba arutwa n’umusore w’umukene ariko w’umunyabwenge.

15 Nabonye abantu bose bo ku isi bashagaye uwo musore wasimbuye umwami.

16 Yari ashagawe n’abantu batabarika, nyamara abo mu gihe kizaza ntibazishimira ibyo yakoze. Ibyo na byo ni ubusa, ni nko kwiruka inyuma y’umuyaga.

Ntugasukiranye amagambo ku Mana

17 Niwinjira mu Ngoro y’Imana ujye ugenda witonze, wegere maze utege amatwi. Ibyo biruta gutamba ibitambo nk’iby’abapfapfa. Koko rero ntibazi ko bakora nabi.

Categories
Umubwiriza

Umubwiriza 5

1 Ujye utekereza mbere yo kuvuga, ntugahubukire kugira icyo ubwira Imana kuko iri mu ijuru, naho wowe ukaba ku isi. Bityo rero ujye uvuga make.

2 Koko rero imiruho myinshi itera inzozi mbi, naho amagambo menshi agaragaza ubupfapfa.

3 Igihe uhigiye Imana umuhigo, ujye uwuhigura bidatinze kuko Imana idakunda abapfapfa. Ni yo mpamvu ugomba gusohoza umuhigo wawe.

4 Ibyiza ni ukudahiga umuhigo niba utazabasha kuwuhigura.

5 Ujye wirinda imvugo yakugusha mu cyaha. Ntukageze aho ubwira umutambyi uti: “Nari nibeshye.” Nugenza utyo Imana izarakazwa n’iyo mvugo, maze irimbure ibikorwa byawe byose.

6 Amagambo y’urudaca ni imburamumaro nk’inzozi nyinshi. Bityo rero ujye ushishikazwa no kubaha Imana.

Ubutegetsi bubi

7 Nubona mu gihugu abakene bakandamizwa, ubutabera n’ubutungane bitubahirizwa ntibikagutangaze. Koko rero umutegetsi wese ashyigikirwa n’undi umusumbye, bombi bagashyigikirwa n’ababasumbya ububasha.

8 Icyagirira abantu bose akamaro ni uko igihugu cyagira umwami wita kuri rubanda rugufi.

Ubukire nta cyo bumaze

9 Umuntu ukunda amafaranga ahora ayararikiye, naho ukunda ubukire nta cyo bumwungura. Ibyo na byo ni ubusa.

10 Uko umuntu arushaho kugwiza ibintu, ni ko n’ababirya biyongera. None se bimumariye iki uretse kubirebesha amaso gusa?

11 Umukozi yarya bike cyangwa byinshi, nta kimubuza gusinzira. Nyamara umukire n’ubwo atunze byinshi ntagoheka.

12 Hari akaga gakomeye nabonye ku isi: umuntu wibikira umutungo ukamutera ibyago.

13 Awushora mu bintu bitagira agaciro, yabyara umwana akabura icyo amutungisha.

14 Uko umuntu yavutse nta cyo yambaye, ni na ko apfa nta cyo ajyanye kivuye mu mirimo yakoze.

15 Ibyo ni akaga gakabije niba uko umuntu yavutse nta cyo afite, ari na ko apfa nta cyo ajyanye. Ese ubwo aba yungutse iki ko ari ukwiruka inyuma y’umuyaga?

16 Igihe cye cyose akimara mu mubabaro n’agahinda, n’akaga n’uburakari.

17 Koko rero nabonye ko icyabera umuntu cyiza kuruta byose ari ukurya no kunywa, akinezeza mu mirimo ye no mu mibereho y’igihe gito Imana yamuhaye. Uwo ni wo mugabane we.

18 Rimwe na rimwe Imana iha umuntu gukungahara no kwishimira ibyo yagezeho. Uwo muntu ashobora kwinezeza mu mugabane we no mu bikorwa bye. Ibyo na byo ni impano y’Imana.

19 Bityo umuntu yibagirwa ko ubuzima bwe ari bugufi, kuko Imana yamuhaye umunezero.

Categories
Umubwiriza

Umubwiriza 6

1 Hari akandi kaga nabonye ku isi kibasiye abantu.

2 Hari ubwo Imana iha umuntu ubukungu n’ubutunzi n’icyubahiro, ntabure icyo yifuza cyose, nyamara Imana ntimwemerere kubyinezezamo. Bityo undi muntu akaba ari we ubinezerwamo. Ibyo na byo ni ubusa, ni akaga gakabije.

3 Umuntu ashobora kugira abana ijana kandi akaramba. Ibyo byamumarira iki niba ataguwe neza, ndetse yapfa akabura gihamba? Arutwa n’inda yavuyemo.

4 Koko rero ivuka ry’uwo mwana ni impfabusa, arapfa ntiyigere yibukwa.

5 Nubwo atigeze amenya izuba ntagire n’ikindi amenya mu buzima, nyamara aba aruhutse kurusha ubayeho igihe kirekire.

6 N’iyo umuntu yamara imyaka ibihumbi bibiri, nta cyo byamumarira adafite umunezero. Koko rero amaherezo ni urupfu.

7 Umuntu akorera guhaza inda ye nyamara ntiyigera anyurwa.

8 None se umunyabwenge arusha iki umupfapfa? Umukene we bimumariye iki kwitwara neza imbere y’abantu?

9 Ni byiza kunyurwa n’ibyo ufite kuruta guhora urarikiye. Ibyo na byo ni ubusa, ni nko kwiruka inyuma y’umuyaga.

Inama zuje ubwenge

10 Ibiriho byose bizwi kuva kera kose, bityo n’umuntu azwi icyo ari cyo, ntashobora guhangana n’Uwamuremye.

11 Iyo amagambo abaye menshi, arushaho kuba impfabusa. Ubwo se umuntu aba yungutse iki?

12 Mbese ni nde uzi icyatunganira umuntu mu mibereho ye y’igihe gito? Ni nde uzamubwira uko bizagenda amaze gupfa?

Categories
Umubwiriza

Umubwiriza 7

Ibyerekeye ubuzima

1 Kuvugwa neza biruta amavuta y’agaciro,

umunsi wo gupfa k’umuntu uruta uwo yavutseho.

2 Ni byiza kugenderera abari mu cyunamo kuruta abari mu byishimo,

koko urupfu ni rwo maherezo ya buri muntu,

bityo abantu bagomba kubizirikana.

3 Kwibera mu mubabaro biruta kunezerwa,

bituma umuntu ashishoza.

4 Abanyabwenge bifatanya n’abashavuye,

naho abapfapfa bifatanya n’abadamaraye.

5 Ni byiza kumvira umunyabwenge ugucyaha,

kuruta kumvira umupfapfa ugushimagiza.

6 Igitwenge cy’umupfapfa ni ubusa,

ni nk’inkwi z’amahwa ziturikira munsi y’inkono.

7 Umunyabwenge ukandamiza abandi aba umupfapfa,

ruswa ahabwa imwica umutima.

8 Iherezo ry’igikorwa rishimisha kuruta intangiriro yacyo,

kwihangana biruta kwikuza.

9 Ntukihutire kurakara,

abapfapfa ni bo barakazwa n’ubusa.

10 Ntukibaze uti: “Kuki ibya kera byari byiza kuruta iby’ubu?”, kuko ikibazo nk’icyo kidakwiriye umunyabwenge.

11 Ubwenge ni bwiza nk’umurage, bukaba n’ingirakamaro ku bantu bose.

12 Ubwenge bushobora kurengera umuntu akaga kimwe n’amafaranga, bugatuma ababufite baramba. Ni yo mpamvu ari ngombwa kubugira.

13 Itegereze ibyo Imana yaremye. Ni nde washobora kugorora ibyo yaremye bihetamye?

14 Ibihe nibiba byiza ujye unezerwa, nyamara nibiba bibi ujye wibuka ko Imana yemera ko habaho amahirwe cyangwa ibyago, ku buryo umuntu atamenya ibizakurikiraho nyuma.

15 Mu mibereho yanjye y’imburamumaro nabonye ibi byombi: intungane ikenyuka, nyamara umugome akarama.

16 Ntukabe intungane ngo ukabye, cyangwa ngo ukabye kuba umunyabwenge. Ni kuki umuntu yakwikururira kurimbuka?

17 Ntugatwarwe n’ubugome kandi ntukitware nk’umupfapfa. Ese ni kuki umuntu yapfa atarageza ku munsi?

18 Ibyiza ni ugukurikiza izo nama zombi, kuko uwubaha Imana azirinda gukabya muri ibyo byose.

19 Ubwenge buhesha umunyabwenge imbaraga, akazirusha abategetsi icumi b’umujyi.

20 Koko rero nta muntu n’umwe ku isi uba intungane, ku buryo atigera akora icyaha.

21 Byongeye kandi ntihakagire utega amatwi ibyo abantu bavuga byose, atazava aho yumva n’umugaragu we amusebya.

22 Koko nawe ubwawe uzi ko wigeze gusebya abandi.

23 Ibi byose narabigenzuye mbigiranye ubwenge. Nuko ndibwira nti: “Nzajya ngenza nk’umunyabwenge.” Nyamara birenze ubushobozi bwanjye.

24 Ubumenyi bw’ibiriho buri kure buhishe ikuzimu, ni nde wabugenzura?

25 Nihatiye kumenya no gusobanukirwa ubwenge icyo ari cyo, kimwe n’imiterere y’ibintu. Nihatira gusobanukirwa ubugome n’ubupfapfa, nsanga ibyo byombi ari ubusazi.

26 Ikintu nabonye gikabije ubugome kurusha urupfu, ni umugore ugusha umugabo mu mutego. Urukundo rwe ni nk’urushundura, naho amaboko ye ni nk’ingoyi. Icyakora umuntu wubaha Imana aramurokoka, naho umunyabyaha ntamuva mu nzara.

27 Jyewe Umubwiriza nagenzuye ibintu buhoro buhoro ngira ngo mbimenye neza, nyamara sinabishobora.

28 Ubwo nashakashakaga nasanze mu bagabo igihumbi umwe ari we ukwiye icyubahiro, nyamara mu bagore bangana batyo sinabonyemo n’umwe ukwiye kubahwa.

29 Icyakora nabonye ikintu kimwe, ni uko Imana yaremye abantu ari abanyamurava, nyamara bo bikururiye ingorane.

Categories
Umubwiriza

Umubwiriza 8

1 Ni nde umeze nk’umunyabwenge wasobanura ibi bintu? Ubwenge bw’umuntu butuma acya mu maso, bugasibanganya umubabaro we.

Kumvira umwami ni ukuba umunyabwenge

2 Ujye wumvira umwami nk’uko wabyemereye imbere y’Imana.

3 Ntukamuvirire cyangwa ngo utsimbarare ku bikorwa bitamushimisha, kuko umwami agenza uko ashaka.

4 Koko rero ijambo ry’umwami ntirikuka, kandi nta watinyuka kumubaza ati: “Ibyo ukora ni ibiki?”

5 Umwumvira wese ntazagubwa nabi, kandi umunyabwenge amenya igihe gikwiye n’uburyo bwo kubikora.

6 Koko rero buri gikorwa cyose kizagira umunsi wacyo w’urubanza, kuko ubugome bw’umuntu bumugaruka.

7 Nta muntu uzi ibizamubaho. Ni nde wambwira uko bizamugendekera?

8 Nta muntu n’umwe ufite ububasha bwo guhagarara ku buzima bwe, kandi nta washobora kwigizayo umunsi we wo gupfa. Urwo rugamba nta waruhunga, kandi ubugome ntibushobora gukiza nyirabwo.

Ibitekerezo ku mibereho y’abantu

9 Nitegereje ibintu byose bibaho ku isi ndabigenzura, nsanga hari igihe umuntu akandamiza mugenzi we akamugirira nabi.

10 Nabonye kandi abagome bahambanwa icyubahiro, nyamara abakundaga gusengera mu Ngoro y’Imana i Yeruzalemu, ibikorwa byabo byibagiranye mu mijyi babikoreyemo. Ibyo na byo ni ubusa.

11 Iyo umugizi wa nabi adahanwe vuba, abantu barushaho gukora ibibi.

12 Nubwo umunyabyaha ashobora gukora ibikorwa bibi ijana akarenga akaramba, nzi neza ko abubaha Imana bazagubwa neza.

13 Nyamara abagome bo ntibazagubwa neza, ntibazaramba ahubwo bazayoyoka nk’igicu kuko batubaha Imana.

14 Hari ikindi kintu cy’imburamumaro nabonye ku isi: ni ukubona intungane zigwirirwa n’akaga kari gakwiriye abagome, naho abagome bakagira amahirwe akwiriye intungane. Ibyo na byo ndahamya ko ari ubusa.

15 Jyewe rero niyemeje kwinezeza. Koko ku isi nta wundi munezero umuntu ateze, uretse kurya no kunywa no kwinezeza. Ibyo ni byo bikwiriye kuranga imirimo akora mu minsi Imana imuhaye kubaho.

16 Nagerageje gusobanukirwa iby’ubwenge no gusesengura ibikorerwa ku isi, nsanga umuntu atigera agoheka haba ku manywa cyangwa nijoro,

17 bityo mbona ko umuntu adashobora gusobanukirwa ibyo Imana ikora ku isi. Nubwo umuntu agerageza kubishakashaka ntabigeraho, ndetse n’umunyabwenge yibwira ko abizi, nyamara ntashobora kubisobanukirwa.

Categories
Umubwiriza

Umubwiriza 9

1 Ibyo byose narabizirikanye, nsanga ari intungane n’abanyabwenge, kimwe n’ibikorwa byabo byose bigengwa n’Imana. Umuntu ntazi ikimutegereje, cyaba urukundo cyangwa urwango.

2 Ni ko bimeze kandi ku bantu bose, haba ku ntungane kimwe n’umugome, yaba umwiza cyangwa umubi, uwubaha Imana n’utayubaha, yaba utamba ibitambo n’utabitamba. Uko bigendekera umuntu mwiza ni ko biba no ku munyabyaha, urahira kimwe n’utarahira.

3 Iki na cyo ni kibi mu bintu biba ku isi: kubona abantu bose bapfa rumwe, barangwa n’ibibi n’ibisazi mu mibereho yabo, hanyuma bagapfa.

4 Nyamara kandi umuntu ukiriho afite amizero, ndetse n’imbwa nzima iruta intare yapfuye!

5 Koko rero abakiri bazima bazi ko bazapfa, naho abapfuye nta cyo bazi, nta n’ingororano bategereje kuko bibagiranye.

6 Urukundo rwabo, n’urwangano rwabo n’ishyari ryabo byarazimye, nta ruhare bafite ku kintu cyose gikorwa ku isi.

7 None rero genda urye, unywe kandi unezerwe, kuko ibikorwa byawe byanyuze Imana.

8 Ujye uhora wambaye imyambaro yera kandi ujye uhora wisize amavuta mu mutwe.

9 Ujye ukunda umugore wawe igihe cyose ukiri muri ubu buzima bw’imburamumaro Imana yaguhaye, kuko ari yo nyiturano y’ubuzima mu miruho yawe ku isi.

10 Ujye ukorana umwete umurimo wose ushoboye, kuko ikuzimu aho uzajya nta murimo, nta bitekerezo, nta bumenyi cyangwa ubwenge bihaba.

Hari igihe ubwenge buba imburamumaro

11 Ku isi nongeye kubona ko abanyambaraga atari bo batsinda mu isiganwa, intwari si zo zitsinda urugamba, abanyabwenge si bo babona ibyokurya bitabagoye. Byongeye kandi abajijutse si bo baba abakungu, abahanga si bo batoneshwa, kuko ibyago n’amahirwe ari ibya bose.

12 Koko rero umuntu wese ntamenya igihe cye, kimwe n’uko ifi itamenya igihe iri bufatirwe mu rushundura, kandi inyoni ntimenye igihe iri bufatirwe mu mutego. Ni ko abantu batungurwa n’ibyago.

Ubwenge n’ubupfapfa

13 Hari ikindi kintu nabonye ku isi gikomeye: ni akamaro k’ubwenge.

14 Habayeho umujyi muto wari utuwe n’abantu bake, igihe kimwe umwami w’umunyambaraga arawutera, arawugota awuzengurutsa ibirindiro by’ingabo.

15 Muri uwo mujyi hari hatuye umuntu w’umukene, ariko w’umunyabwenge. Akiza uwo mujyi kubera ubwenge bwe, nyamara ntawibutse ibikorwa bye.

16 Nuko ndibwira nti: “Ubwenge buruta imbaraga.” Nyamara ubwenge bw’umukene burasuzugurwa, n’inama ze ntizitabwaho.

17 Amagambo y’abanyabwenge yakiranywe ituze, arusha agaciro urusaku rw’umutegetsi ubwira abapfapfa.

18 Ubwenge ni ingirakamaro kurusha intwaro z’intambara, nyamara umunyabyaha umwe yangiza ibyiza byinshi.

Categories
Umubwiriza

Umubwiriza 10

1 Nk’uko isazi nke zapfuye zitera umubavu kunuka, ni ko ubupfapfa n’iyo ari buke butesha agaciro ubwenge n’icyubahiro.

2 Imigenzereze y’umunyabwenge ishyira mu gaciro, nyamara iy’umupfapfa ikamuyobya.

3 Iyo umupfapfa ari mu nzira, imigenzereze ye iramugaragaza, bityo bose bakabona ko ari umunyabwengebuke.

4 Shobuja nakurakarira ntukivumbure ngo ureke akazi, kuko gutuza birinda gukora amakosa akomeye.

5 Hari ikintu kibi nabonye ku isi: umutegetsi ashobora kwibeshya,

6 umupfapfa agashingwa imirimo ikomeye, naho abantu b’ingirakamaro bagacishwa bugufi.

7 Nabonye inkoreragahato zigendera ku mafarasi, naho ibikomangoma bigenda ku maguru boshye inkoreragahato.

8 Ucukurira abandi urwobo azarugwamo, n’usenya urukuta yihamagarira inzoka zikamurya.

9 Ucukura amabuye ashobora gukomereka, ndetse n’uwasa inkwi ashobora kugira akaga.

10 Iyo ishoka igimbye ntibayityaze, kuyashisha bisaba imbaraga nyinshi. Nyamara ubwenge ni bwo butuma bishoboka.

11 Nta cyo bimaze kumenya gutsirika inzoka, niba yamaze kukuruma.

Kwirinda kuvuga menshi

12 Imvugo y’umunyabwenge iranezeza, naho imvugo y’umupfapfa ikamworeka.

13 Umupfapfa atangira avuga iby’ubupfapfa, agaherukira ku mateshwa.

14 Yungikanya amagambo, ntihagire umuntu umenya uko bizamera. Ni nde uzamumenyesha ibizaba amaze gupfa?

15 Umurimo w’umupfapfa uramunaniza, ntanamenya inzira imugarura mu mujyi.

16 Ugushije ishyano wa gihugu we gitegekwa n’umwami w’umusore, kikagira abatware birirwa mu birori!

17 Hahirwa igihugu gitegekwa n’umwami ukomoka mu banyacyubahiro, kikagira abatware barya ku gihe kugira ngo bagire imbaraga aho kuba abasinzi.

18 Igisenge cy’inzu y’umunebwe kiramugwira, n’inzu y’umunyabute ikava.

19 Ibyokurya bitera umunezero, divayi igatera ishema mu buzima, naho amafaranga agakemura ibibazo byose.

20 Ntukigere uvuma umwami haba no mu bitekerezo, ntukavume umukire n’iyo waba uryamye, hato n’inyoni itakumva maze igasubira mu byo wavuze.