Categories
Ukuvanwa mu Misri

Ukuvanwa mu Misri 31

Abazubaka Ihema n’ibyaryo byose

1 Uhoraho abwira Musa ati:

2 “Nitoranyirije Besalēli mwene Uri, akaba n’umwuzukuru wa Huri wo mu muryango wa Yuda.

3 Namwujuje Mwuka wanjye kugira ngo agire ubuhanga n’ubuhanzi n’ubumenyi. Azi ubukorikori bwinshi:

4 azi gukora ibishushanyombonera no gucura izahabu n’ifeza n’umuringa,

5 azi kubāza amabuye y’agaciro no kuyatāka, azi no kubāza ibiti, azi n’indi myuga yose.

6 Nitoranyirije kandi Oholiyabu mwene Ahisamaki wo mu muryango wa Dani, ndetse hari n’abandi banyabukorikori nahaye ubwenge, kugira ngo bazakore ibyo nagutegetse byose.

7 Bazubake Ihema ry’ibonaniro, bakore n’Isanduku yo kubika ibisate by’amabuye byanditsweho Amategeko, bakore n’igipfundikizo cy’Isanduku n’ibintu byose bijyana n’Ihema.

8 Bazakore n’ameza y’imigati n’ibikoresho byayo, n’igitereko cy’amatara cy’izahabu inoze n’ibikoresho byacyo byose, n’igicaniro cy’imibavu.

9 Bazubake urutambiro bakore n’ibikoresho byarwo byose, bacure n’igikarabiro n’igitereko cyacyo.

10 Bazabohe imyenda, badodere umutambyi Aroni n’abahungu be imyambaro igenewe ubutambyi.

11 Bazatunganye amavuta yo gusīga, n’imibavu ihumura neza yo kosereza mu Cyumba kizira inenge. Ibyo byose bazabikore bakurikije amabwiriza naguhaye.”

Kubahiriza isabato

12 Uhoraho ategeka Musa

13 ngo abwire Abisiraheli ati: “Mujye mwubahiriza isabato, kuko ari yo kimenyetso nabahaye ngo kizahore kibibutsa ko ari jye Uhoraho wabitoranyirije.

14 Mujye muyubahiriza kuko ari umunsi mugomba kunyegurira. Utazayubahiriza wese akagira icyo akora kuri uwo munsi, azicwe.

15 Hari iminsi itandatu mu cyumweru yo gukora, ariko umunsi wa karindwi ni isabato, umunsi wo kuruhuka weguriwe Uhoraho. Umuntu wese uzagira icyo akora kuri uwo munsi azicwe.

16 Abisiraheli bazubahirize isabato uko ibihe bihaye ibindi, ibabere ikimenyetso cy’Isezerano ridakuka.

17 Ni ikimenyetso kizahoraho iteka ryose hagati yanjye n’Abisiraheli. Bazacyubahirize kuko jyewe Uhoraho naremye ijuru n’isi mu minsi itandatu, maze ku munsi wa karindwi ngahagarika imirimo nkaruhuka.”

18 Imana imaze kuvuganira na Musa ku musozi wa Sinayi, imuha ibisate bibiri by’amabuye biriho Amategeko. Imana yari yayandikishije urutoki rwayo.

Categories
Ukuvanwa mu Misri

Ukuvanwa mu Misri 32

Ikimasa cy’izahabu

1 Abisiraheli babonye Musa atinze ku musozi bakoranira hamwe basanga Aroni, baramubwira bati: “Turemere imana zo kutuyobora, kuko Musa wa muntu wadukuye mu Misiri, tutazi icyamubayeho.”

2 Aroni arabasubiza ati: “Ngaho nimunzanire amaherena y’izahabu abagore banyu n’abakobwa banyu, n’abahungu banyu bambaye ku matwi.”

3 Nuko abantu bose biyambura amaherena y’izahabu bari bambaye ku matwi, bayashyira Aroni.

4 Arayafata arayashongesha, akoramo ishusho y’ikimasa.

Nuko Abisiraheli baravuga bati: “Dore imana yacu yadukuyemu Misiri.”

5 Hanyuma Aroni yubaka urutambiro imbere y’iyo shusho, maze aratangaza ati: “Ejo tuzizihiza umunsi mukuru w’Uhoraho.”

6 Bukeye barazinduka, batamba ibitambo bikongorwa n’umuriro n’iby’umusangiro, maze baricara bararya baranywa, barangije barahaguruka barakina.

7 Uhoraho abwira Musa ati: “Manuka kuko abantu bawe wakuye mu Misiri bacumuye bikomeye.

8 Ntibatinze guteshuka inzira nabategetse, biremeye ishusho y’ikimasa mu izahabu iyagijwe barayiramya, bayitambira n’ibitambo ndetse baravuze bati: ‘Dore imana yacu yadukuyemu Misiri!’ ”

9 Uhoraho arakomeza ati: “Ndabona bariya bantu ari ibyigomeke.

10 None ntugire icyo umbwira, bandakaje reka mbarimbure, naho wowe nzakugire sekuruza w’ubwoko bukomeye.”

11 Ariko Musa yinginga Uhoraho Imana ye ngo acururuke, avuga ati: “Uhoraho, ntibikwiye ko urakarira bariya bantu wikuriye mu Misiri ukoresheje ububasha bwawe bukomeye.

12 Wituma Abanyamisiri bibwira ko wazaniye ubwoko bwawe kubugirira nabi, ngo ubwicire mu misozi uburimbure. Ca inkoni izamba, we kugirira nabi ubwoko bwawe.

13 Ibuka ibyo warahiye abagaragu bawe Aburahamu na Izaki na Yakobo uti: ‘Nzagwiza abazabakomokaho bangane n’inyenyeri zo ku ijuru. Nzabaha igihugu mwasezeranyijwe, kibe gakondo yabo iteka ryose.’ ”

14 Nuko Uhoraho arigarura, ntiyagirira ubwoko bwe nabi nk’uko yari yabivuze.

15 Musa amanuka umusozi atwaye mu maboko bya bisate bibiri by’amabuye, byanditsweho Amategeko y’Imana impande zombi.

16 Ibyo bisate byari byakozwe n’Imana, kandi n’inyandiko yari ibiriho yari iyayo.

17 Yozuwe yumvise urusaku rw’abantu, abwira Musa ati: “Umva induru y’intambara mu nkambi!”

18 Musa aramusubiza ati: “Ndumva atari amajwi yo gutsinda cyangwa ayo gutsindwa, ahubwo ndumva ari nk’indirimbo z’ibyishimo!”

19 Musa ageze munsi y’umusozi hafi y’inkambi, abona ya shusho y’ikimasa n’abantu bayibyinira, ararakara cyane. Maze atura hasi bya bisate by’amabuye yari afite birajanjagurika.

20 Nuko afata ya shusho baremye arayitwika, hanyuma arayisya, ifu ayivanga n’amazi ayaha Abisiraheli barayanywa.

21 Musa abaza Aroni ati: “Aba bantu bakugize bate kugira ngo utume bakora icyaha gikomeye gitya?”

22 Aroni aramusubiza ati: “Databuja, ntundakarire! Nawe ubwawe uzi neza ko aba bantu bahora bashaka gukora ibibi.

23 Baraje barambwira bati: ‘Turemere imana zo kutuyobora, kuko Musa wa muntu wadukuye mu Misiri, tutazi icyamubayeho.’

24 Nuko ndababwira nti: ‘Abambaye izahabu nibazizane.’ Na bo bahita bazimpa nzijugunya mu muriro, maze havamo ishusho y’ikimasa!”

Abisiraheli bahanwa

25 Musa abona ko Aroni yoroheye abantu bagakora ibyo bishakiye, ku buryo abanzi babo babimenye babaseka.

26 Nuko Musa ajya imbere y’inkambi aho binjirira, ararangurura ati: “Abari mu ruhande rw’Uhoraho nimuze hano!” Abalevi bose baramusanga.

27 Arababwira ati: “Uhoraho Imana y’Abisiraheli ategetse ko buri wese muri mwe afata inkota ye, akazenguruka mu nkambi hose yica abavandimwe be n’incuti n’abaturanyi!”

28 Abalevi bumvira Musa, uwo munsi bica abantu bagera ku bihumbi bitatu.

29 Musa abwira Abalevi ati: “Uyu munsi Uhoraho yabiyeguriye, kuko mwemeye kwica abana banyu n’abavandimwe banyu. Ni cyo cyatumye abaha umugisha uyu munsi.”

30 Bukeye Musa abwira abantu ati: “Mwakoze icyaha gikomeye, none ngiye kuzamuka nsange Uhoraho mutakambire, ahari yabababarira.”

31 Nuko Musa asubirayo atakambira Uhoraho ati: “Koko bariya bantu bakoze icyaha gikomeye, biremera ikigirwamana mu izahabu.

32 Icyakora ndakwinginze, ubababarire icyo cyaha bakoze. Niba bidashoboka unsibe mu gitabo cyawe cy’abazima nipfire.”

33 Uhoraho aramusubiza ati: “Uwakoze icyaha ni we nsiba mu gitabo cyanjye.

34 Naho wowe genda ujyane abantu aho nakubwiye, ndaguha umumarayika wo kubayobora. Ariko igihe nikigera nzabahanira icyaha bakoze.”

35 Nuko Uhoraho ateza Abisiraheli icyorezo, abahōra kuramya ya shusho y’ikimasa Aroni yakoze.

Categories
Ukuvanwa mu Misri

Ukuvanwa mu Misri 33

Uhoraho acyaha Abisiraheli

1 Uhoraho abwira Musa ati: “Va aha hantu wowe n’ubwoko wakuye mu Misiri, mujye mu gihugu narahiye Aburahamu na Izaki na Yakobo ko nzagiha abazabakomokaho.

2 Nzabaha umumarayika wo kubayobora, kandi nzahirukana Abanyakanāni n’Abamori n’Abaheti, n’Abaperizi n’Abahivi n’Abayebuzi.

3 Muzagera muri icyo gihugu gitemba amata n’ubuki. Ariko jyewe ubwanjye sinzajyana namwe, nabarimbura mutaragerayo kuko muri ubwoko bw’ibyigomeke.”

4-5 Uhoraho atuma Musa ku Bisiraheli ati: “Muri ubwoko bw’ibyigomeke, ngendanye namwe akanya na gato nabarimbura! None rero nimwambure iby’imirimbo byanyu, nzi uko nzabagenza.” Abantu bumvise ayo magambo bamera nk’abapfushije, bareka kwambara imikufi n’impeta n’amaherena.

6 Babyiyambuye bakiri munsi y’umusozi wa Horebu.

Musa ashinga Ihema ry’ibonaniro inyuma y’inkambi

7 Aho bageze Musa agashinga Ihema ry’ibonaniro inyuma y’inkambi ahitaruye. Yaryise “Ihema ry’ibonaniro”, kuko abashakaga bose kubonana n’Uhoraho basohokaga mu nkambi bakajyayo.

8 Iyo Musa yajyaga kuri iryo Hema, abantu bose barahagurukaga, buri wese agahagarara ku muryango w’ihema rye, akitegereza Musa kugeza igihe yinjiriye mu Ihema ry’ibonaniro.

9 Musa yamara kuryinjiramo, ya nkingi y’igicu ikamanuka igahagarara ku muryango waryo, Uhoraho akavugana na we.

10 Iyo abantu babonaga iyo nkingi y’igicu ihagaze ku muryango w’Ihema, buri wese yikubitaga hasi akaramya Uhoraho imbere y’ihema rye.

11 Uhoraho yavuganaga na Musa nk’uko umuntu avugana n’incuti ye. Hanyuma Musa agasubira mu nkambi, ariko umwungiriza we Yozuwe mwene Nuni akaguma muri iryo Hema.

Uhoraho yemera kujyana n’Abisiraheli

12 Musa abwira Uhoraho ati: “Ni wowe ubwawe wantegetse kujyana ubu bwoko, ariko wa mumarayika uzatuyobora ntabwo muzi. Wambwiye ko unzi neza kandi ko ngutonnyeho.

13 None rero niba ngutonnyeho koko, menyesha icyo ushaka ndusheho kukumenya, bityo nkomeze kugutonaho. Kandi wibuke ko aba bantu wabagize ubwoko bwawe.”

14 Uhoraho aramusubiza ati: “Humura! Nziyizira ubwanjye.”

15 Musa arongera ati: “Nutiyizira ubwawe ntuzatuvane hano,

16 kuko tutajyanye ntitwaba dutandukanye n’andi mahanga yose. Nta n’ubwo yamenya ko jye n’ubwoko bwawe twagutonnyeho.”

17 Uhoraho aramusubiza ati: “Ibyo unsabye na byo nzabikora kuko wantonnyeho kandi nkaba nkuzi neza.”

18 Noneho Musa aravuga ati: “Nyiyereka nkubone mu ikuzo ryawe!”

19 Uhoraho aramusubiza ati: “Nzakwereka ineza yanjye yose, mvugire n’imbere yawe izina ryanjye. Ndi Uhoraho kandi ngirira ubuntu n’impuhwe uwo nshatse.

20 Ariko ntushobora kumbona mu maso, kuko umuntu ahabonye yapfa.

21 Icyakora hano hafi hari urutare uzaruhagarareho,

22 ninkwiyereka ukambona mu ikuzo ryanjye, nzagushyira mu buvumo bw’urutare nkingeho ikiganza cyanjye, kugeza igihe nzaba maze guhita.

23 Ninkuraho ikiganza uzambona mu mugongo, kuko nta wushobora kumbona mu maso.”

Categories
Ukuvanwa mu Misri

Ukuvanwa mu Misri 34

Musa abāza ibisate by’amabuye

1 Uhoraho abwira Musa ati: “Ubāze ibisate bibiri by’amabuye bimeze nk’ibya mbere. Nzandikaho amagambo yari yanditse ku byo wamennye.

2 Ejo kare mu gitondo uzabe witeguye, uzamuke umusozi wa Sinayi duhurire mu mpinga yawo.

3 Ntihazagire uwo muzamukana cyangwa ukandagira ahantu aho ari ho hose kuri uwo musozi, ndetse n’amashyo n’imikumbi ntibizarishe hafi yawo.”

4 Nuko Musa abāza ibisate bibiri by’amabuye bimeze nk’ibya mbere. Bukeye azamuka umusozi wa Sinayi afite bya bisate byombi, nk’uko Uhoraho yari yabimutegetse.

Uhoraho yiyereka Musa

5 Uhoraho amanuka mu gicu ahurira na Musa ku musozi, avugira izina rye imbere ye ati: “Ndi Uhoraho”.

6 Aca imbere ya Musa aravuga ati: “Ndi Uhoraho, Uhoraho Imana igira impuhwe n’imbabazi, ntinda kurakara kandi nuje urukundo n’umurava.

7 Ngaragariza abantu urukundo rwanjye imyaka itabarika, nkabababarira ibicumuro n’ubugome n’ibyaha. Icyakora simbura guhana abagome n’abana babo, n’abuzukuru babo n’abuzukuruza babo.”

8 Musa ahita yikubita hasi aramya Uhoraho.

9 Aravuga ati: “Nyagasani, ubwo ngutonnyeho uziyizire abe ari wowe tujyana. Nzi neza ko bariya bantu ari ibyigomeke, ariko utubabarire ibyaha n’ibicumuro byacu, maze utugire umwihariko wawe.”

Uhoraho yongera kugirana Isezerano n’Abisiraheli

10 Uhoraho abwira Musa ati: “Dore ngiranye namwe Isezerano. Nzakorera imbere y’ubwoko bwawe ibitangaza bitigeze bikorwa mu mahanga yose yo ku isi, amahanga yose abakikije nabona ibyo mbakorera azashya ubwoba.

11 Nimukurikiza ibyo mbategetse uyu munsi, nzirukana Abamori n’Abanyakanāni n’Abaheti, n’Abaperizi n’Abahivi n’Abayebuzi babahunge.

12 Igihugu cyose muzigarurira muzirinde kugirana amasezerano na bene cyo, batazababera umutego.

13 Ahubwo muzasenye intambiro zabo, mumenagure inkingi z’amabuye basenga, mutemagure amashusho y’ikigirwamanakazi Ashera.

14 Ntimukagire indi mana musenga, kuko jyewe Uhoraho ndi Imana ifuha.

15 Ntimukagirane amasezerano na bene igihugu, kuko bakunda kuyoboka ibigirwamana no kubitambira ibitambo, ejo batazabatumira ngo musangire ibyo bitambo.

16 Kandi ntimugasabire abahungu banyu abakobwa babo, kuko abo bakobwa bayoboka ibigirwamana byabo, bakazabitōza abahungu banyu na bo bakabiyoboka.

17 Ntimugacure amashusho y’ibigirwamana.

18 “Mu kwezi kwa Abibu, mujye mumara iminsi irindwi mwizihiza iminsi mikuru y’imigati idasembuye nk’uko nabibategetse, kuko muri uko kwezi ari ho mwavuye mu Misiri.

19 “Abana b’abahungu bose b’impfura muzabanyegurire babe abanjye, ndetse n’uburiza bwose bw’igitsinagabo bwo mu matungo yanyu.

20 Ariko uburiza bw’indogobe ntimuzabumpe, mu cyimbo cyabwo muzampe umwana w’intama, cyangwa mubwice mubuvunnye ijosi. Abahungu banyu b’impfura muzajye mubacungura.

“Ntihakagire ujya aza kundamya nta turo azanye.

21 “Mufite iminsi itandatu mu cyumweru yo gukora, naho ku wa karindwi muzajye muruhuka, haba no mu gihe cy’ihinga cyangwa cy’isarura.

22 “Mujye mwizihiza iminsi mikuru y’isarura rya mbere ari ryo ry’ibinyampeke, naho mu mpera z’impeshyi mwizihize iminsi mikuru y’isarura ry’imbuto.

23 “Incuro eshatu ku mwaka, abagabo bose b’Abisiraheli bajye baza kundamya, jyewe Nyagasani Uhoraho Imana y’Abisiraheli, bizihiza iyo minsi mikuru.

24 Nzamenesha abanyamahanga babahunge, bityo mbahe igihugu kinini. Nuko rero ntimuzatinye kuza kwizihiza iyo minsi mikuru izo ncuro eshatu, kuko nta wuzatinyuka kubatera muri ibyo bihe.

25 “Muri iyo minsi mikuru, ntimugature imigati isembuye igihe muntambira ibitambo. Kandi inyama z’igitambo cya Pasika ntizikarare.

26 “Umuganura w’ibyo musaruye mujye muwuzana mu Nzu yanjye, jyewe Uhoraho Imana yanyu.

“Ntimugatekeshe umwana w’ihene amahenehene ya nyina.”

27 Uhoraho abwira Musa ati: “Andika ayo magambo kuko ari yo Isezerano ngiranye nawe n’Abisiraheli rishingiyeho.”

28 Musa yamaranye n’Uhoraho iminsi mirongo ine n’amajoro mirongo ine, atarya atanywa. Uhoraho yandikakuri bya bisate bibiri amagambo y’Isezerano, ari yo Mategeko icumi.

Musa arabagirana mu maso

29 Musa amanuka umusozi wa Sinayi afite bya bisate byombi by’amabuye byanditsweho Amategeko. Kubera kuvugana n’Uhoraho mu maso he hararabagiranaga, ariko Musa ntiyari yabimenye.

30 Aroni n’abandi Bisiraheli bose bamurebye mu maso babona harabagirana, batinya kumwegera.

31 Musa arabahamagara, nuko Aroni n’abatware b’Abisiraheli baramusanga, atangira kubavugisha.

32 Hanyuma n’abandi Bisiraheli bose baraza, abasubiriramo amagambo yose Uhoraho yari yamubwiriye ku musozi wa Sinayi.

33 Musa amaze kuvugana na bo yitwikira igitambaro mu maso,

34 ariko yajya kuvugana n’Uhoraho akitwikurura. Iyo yasohokaga agiye kubwira Abisiraheli ibyo Uhoraho yategetse,

35 babonaga mu maso he harabagirana. Nuko Musa akongera akitwikira kugeza igihe azasubirira kuvugana n’Uhoraho.

Categories
Ukuvanwa mu Misri

Ukuvanwa mu Misri 35

Itegeko ryerekeye isabato

1 Musa akoranya Abisiraheli bose, arababwira ati: “Nimwumve ibyo Uhoraho yategetse ko mukurikiza.

2 Mu cyumweru hari iminsi itandatu yo gukora, naho umunsi wa karindwi ni isabato yeguriwe Uhoraho, mugomba kuruhuka. Umuntu wese uzakora kuri uwo munsi azicwe.

3 Ku isabato ntimugacane umuriro aho muri hose.”

Abisiraheli batanga umusanzu

4 Musa abwira Abisiraheli bose ati: “Nimwumve ibyo Uhoraho yabategetse.

5 Nimuhe Uhoraho umusanzu. Abafite umutima mwiza bose bawumuzanire. Muzazane izahabu n’ifeza n’umuringa,

6 muzazane imyenda y’isine n’iy’umuhemba n’iy’umutuku, n’iy’umweru n’iy’ubwoya bw’ihene,

7 muzazane impu z’intama zizigishijwe ibara ry’umutuku n’izindi mpu z’agaciro, muzazane n’imbaho z’iminyinya.

8 Muzazane amavuta acanwa mu matara, n’imibavu ikoreshwa mu mavuta yo gusīga n’imibavu yoswa.

9 Muzazane amabuye ya onigisi n’andi mabuye y’agaciro, yo gutāka igishura cy’umutambyi n’agafuka ko mu gituza cye.

Ibikoresho byo mu ihema ry’ibonaniro

10 “Abanyabukorikori bose muri mwe bazaze bakore imirimo Uhoraho yategetse.

11 Ibyo bazakora ni ibi: Ihema n’ibyo kurisakara n’udukonzo twaryo, n’ibizingiti n’imbariro zo kubifatanya, n’inkingi zaryo n’ibirenge byazo.

12 Isanduku n’imijishi yayo n’igipfundikizo cyayo, n’umwenda wo kuyikingira.

13 Ameza n’imijishi yayo n’ibikoresho byayo, n’imigati iturwa Uhoraho.

14 Igitereko cy’amatara n’ibikoresho byacyo, n’amatara n’amavuta yo gucana.

15 Igicaniro n’imijishi yacyo n’amavuta yo gusīga n’imibavu yoswa, n’umwenda wo gukinga ku muryango w’Ihema.

16 Urutambiro n’akazitiro k’akayunguruzo karwo k’umuringa, n’imijishi yarwo n’ibikoresho byarwo byose, n’igikarabiro n’igitereko cyacyo.

17 Imyenda yo kubakisha urugo n’inkingi zarwo n’ibirenge byazo, n’umwenda wo gukinga ku irembo ry’urugo.

18 Imambo z’Ihema n’iz’urugo n’imigozi.

19 Imyambaro iboshywe y’abazakora mu Ihema harimo iyagenewe Aroni, n’iyo abahungu be bazajya bambara bakora umurimo w’ubutambyi.”

Abantu bazana amaturo yabo

20 Musa amaze kuvuga atyo, Abisiraheli bose barataha.

21 Abafite umutima mwiza bose kandi babishaka, bazanira Uhoraho umusanzu wo kubaka Ihema ry’ibonaniro, no gukora ibijyana na ryo no kudoda imyambaro y’abatambyi.

22 Abagabo n’abagore babishaka bazana ibikwasi n’amaherena n’impeta n’imikufi, n’ibindi byose bikozwe mu izahabu, babitura Uhoraho.

23 Abari bafite imyenda y’isine n’iy’umuhemba n’iy’umutuku, n’iy’umweru n’iy’ubwoya bw’ihene, n’impu z’intama zizigishijwe ibara ry’umutuku n’izindi mpu z’agaciro, barabizana.

24 Abandi bazaniye Uhoraho umusanzu w’ifeza n’umuringa. Abari bafite imbaho z’iminyinya n’ibindi byakoreshwa muri uwo mushinga, na bo barabizana.

25 Mu bagore bazobereye mu mwuga wo kuboha imyenda, bamwe bakaraga ubododo bw’isine n’ubw’umuhemba, n’ubw’umutuku n’ubw’umweru barabuzana,

26 naho abandi bahitamo gukaraga ubwoya bw’ihene.

27 Abatware na bo bazana amabuye ya onigisi n’andi mabuye y’agaciro, yo gutāka igishura cy’umutambyi n’agafuka ko mu gituza cye.

28 Bazana n’imibavu n’amavuta yo gucana n’amavuta yo gusīga, n’imibavu yoswa.

29 Abisiraheli bose bafite umutima mwiza kandi babishaka, ari abagabo ari n’abagore, baha Uhoraho umusanzu kugira ngo imirimo yategetse Musa ikorwe.

Besalēli na bagenzi be batangira akazi

30 Musa abwira Abisiraheli ati: “Uhoraho yitoranyirije Besalēli mwene Uri akaba n’umwuzukuru wa Huri, wo mu muryango wa Yuda.

31 Yamwujujemo Mwuka we kugira ngo agire ubuhanga n’ubuhanzi n’ubumenyi. Azi ubukorikori bwinshi:

32 azi gukora ibishushanyombonera no gucura izahabu n’ifeza n’umuringa,

33 azi kubāza amabuye y’agaciro no kuyatāka, azi no kubāza ibiti, azi n’indi myuga yose y’ubukorikori.

34 Kandi we na Oholiyabu mwene Ahisamaki wo mu muryango wa Dani, Uhoraho yabahaye impano yo kwigisha ubwo bukorikori.

35 Yabahaye ubuhanga bwo gukora imirimo inyuranye: kubāza amabuye no kuboha no gufumisha ubudodo bw’isine n’ubw’umuhemba, n’ubw’umutuku n’ubw’umweru no gukora ibishushanyombonera. Bazi ubukorikori bwose.

Categories
Ukuvanwa mu Misri

Ukuvanwa mu Misri 36

1 None rero Besalēli na Oholiyabu bazakore ibyagenewe Ihema ry’Uhoraho nk’uko yabitegetse, bazafashwe n’abandi bahanga b’abanyabukorikori bose Uhoraho yahaye ubuhanga bwo kubikora.”

Abantu bazana impano

2 Musa ahamagara Besalēli na Oholiyabu n’abandi Uhoraho yahaye ubuhanga bari babyitabiriye, batangira iyo mirimo.

3 Musa abaha ibikoresho byose Abisiraheli bari batanze byo gukoresha Ihema. Ariko buri gitondo abantu bakomeje kuzana ibindi bikoresho, babiha Musa ho amaturo y’ubushake,

4 kugeza ubwo abahanga bakoraga iby’Ihema bagiye

5 kumubwira bati: “Abantu bazanye ibikoresho bisāze ibikenewe kugira ngo dukore ibyo Uhoraho yategetse!”

6 Musa ategeka gutangaza mu nkambi yose ko abagabo n’abagore badakomeza kuzana umusanzu wo gukoresha Ihema. Nuko barekera aho kuwuzana.

7 Bari batanze ibirenze ibikenewe kugira ngo imirimo yagombaga gukorwa irangire.

Ihema ry’Imana

8 Abahanga bashinzwe gukora Ihema badoze imyenda icumi iboshywe mu budodo bw’umweru bukaraze, no mu bw’isine no mu bw’umuhemba no mu bw’umutuku, bafumaho abakerubi.

9 Buri mwenda wari ufite uburebure bwa metero cumi n’ebyiri, n’ubugari bwa metero imwe na santimetero mirongo inani.

10 Bafatanya imyenda itanu ukwayo, n’indi itanu ukwayo, bityo bagira imyenda ibiri minini.

11-12 Ku musozo umwe wa buri mwenda munini, bateraho udukondo mirongo itanu tw’udutambaro tw’isine.

13 Ku musozo wundi wa buri mwenda, bateraho udukonzo mirongo itanu bacuze mu izahabu, kugira ngo dufatanye iyo myenda yombi. Bityo Ihema rifungwa nk’umwenda umwe.

14 Hanyuma baboha mu bwoya bw’ihene imyenda cumi n’umwe yo gusakara iryo Hema.

15 Buri mwenda wari ufite metero cumi n’eshatu, kuri metero imwe na santimetero mirongo inani.

16 Bafatanyije imyenda itanu ukwayo, n’indi itandatu ukwayo, bityo bagira imyenda ibiri minini.

17 Bashyira udukondo mirongo itanu ku musozo umwe wa buri mwenda munini.

18 Bacura mu muringa udukonzo mirongo itanu two gufatanya iyo myenda, kugira ngo Ihema rifatane.

19 Bafatanya impu z’intama zizigishijwe ibara ry’umutuku, bafatanya n’izindi mpu z’agaciro zo gusakaza Ihema.

20 Babāza mu mbaho z’iminyinyaibizingiti by’Ihema.

21 Buri kizingiti cyari gifite uburebure bwa metero enye n’ubugari bwa santimetero mirongo itandatu n’esheshatu,

22 bagishyiraho amaguru abiri.

23 Babāza ibizingiti makumyabiri byo gushyira mu ruhande rw’amajyepfo,

24 kandi bacura mu ifeza ibirenge mirongo ine byo gushingamo ibyo bizingiti, kugira ngo buri kizingiti kizashingwe mu birenge bibiri bikurikije amaguru yacyo.

25 Babāza n’ibindi bizingiti makumyabiri byo gushyira mu ruhande rw’amajyaruguru,

26 bacura no mu ifeza ibirenge mirongo ine byo kuzabishingamo.

27 Babāza ibizingiti bitandatu bizajya mu mutwe w’inyuma w’Ihema ahagana iburengerazuba,

28 n’ibindi bibiri byo kuzashyira mu nguni.

29 Buri kizingiti cyo mu nguni cyari ikimane gifungiwe hamwe uhereye hasi, no hejuru gifatanyirijwe mu gifunga kimwe.

30 Bityo bakoze ibizingiti umunani n’ibirenge by’ifeza cumi na bitandatu bizajya mu ruhande rw’inyuma, kugira ngo buri kizingiti kizashingwe mu birenge bibiri.

31 Babāza mu mbaho z’iminyinya imbariro zo gufatanya ibyo bizingiti: eshanu zo kujya mu ruhande rumwe rw’Ihema,

32 n’izindi eshanu zo kujya mu rundi, n’izindi eshanu zo kujya mu mutwe w’inyuma ahagana iburengerazuba.

33 Bakoze urubariro rwo hagati rwambukiranyije uruhande rwose rw’Ihema.

34 Bomeka izahabu ku bizingiti no ku mbariro zabyo, kandi bacura mu izahabu ibifunga byo kwinjizamo imbariro.

35 Abahanga mu kudoda baboha umwenda mu budodo bw’isine n’ubw’umuhemba, n’ubw’umutuku n’ubw’umweru bukaraze, babufumaho abakerubi.

36 Bawubāriza inkingi enye mu mbaho z’iminyinya bazomekaho izahabu, bacura mu izahabu udukonzo two kuwumanikisha, bacura no mu ifeza ibirenge bine byo gushingamo izo nkingi.

37 Abahanga mu kudoda baboha umwenda wo gukinga ku muryango w’Ihema, bawubohesha ubudodo bw’isine n’ubw’umuhemba, n’ubw’umutuku n’ubw’umweru bukaraze.

38 Bawubāriza inkingi eshanu, bacura n’udukonzo two kuwumanikisha. Hejuru ku nkingi no ku dukonzo twazo bomekaho izahabu, bacura no mu muringa ibirenge bitanu byo kuzishingamo.

Categories
Ukuvanwa mu Misri

Ukuvanwa mu Misri 37

Isanduku y’Isezerano

1 Besalēli abāza Isanduku mu mbaho z’iminyinya, ifite uburebure bwa metero imwe na santimetero icumi, n’ubugari bwa santimetero mirongo itandatu n’esheshatu, n’ubuhagarike bwa santimetero mirongo itandatu n’esheshatu.

2 Ayomekaho izahabu inoze imbere n’inyuma, ayizengurutsa n’umuguno w’izahabu.

3 Ayicurira ibifunga bine by’izahabu abishyira mu nguni enye zo munsi y’Isanduku, bibiri mu ruhande rumwe, bibiri mu rundi.

4 Abāza imijishi mu biti by’iminyinya ayomekaho izahabu,

5 ayinjiza mu bifunga by’Isanduku kugira ngo bashobore kuyiheka.

6 Acura mu izahabu inoze igipfundikizo cyayo gifite uburebure bwa metero imwe na santimetero icumi, n’ubugari bwa santimetero mirongo itandatu n’esheshatu.

7 Acura abakerubi babiri mu izahabu abashyira ku mitwe yombi y’igipfundikizo,

8 kandi bombi bari bafatanye na cyo.

9 Bari berekeranye, amababa yabo arambuye hejuru y’igipfundikizo.

Ameza y’imigati

10 Babāza ameza mu mbaho z’iminyinya, afite uburebure bwa santimetero mirongo inani n’umunani, n’ubugari bwa santimetero mirongo ine n’enye, n’ubuhagarike bwa santimetero mirongo itandatu n’esheshatu.

11 Bayomekaho izahabu inoze, bayizengurutsa n’umuguno w’izahabu.

12 Bayazengurutsa umutambiko ufite ubugari bwa santimetero umunani, na wo ufite umuguno w’izahabu.

13 Bayacurira ibifunga bine by’izahabu, babishyira ku mpande zombi aho amaguru atereye,

14 ahegereye umutambiko. Ibyo bifunga ni ibyo kwinjizamo imijishi yo guhekesha ameza.

15 Iyo mijishi bayibāza mu biti by’iminyinya bayomekaho izahabu.

16 Bacura mu izahabu inoze ibikoresho byo kuri ayo meza: amasahani n’ibiyiko n’inzabya n’utubindi, bikoreshwa mu mihango y’ituro risukwa.

Igitereko cy’amatara

17 Bacura igitereko cy’amatara mu izahabu inoze. Cyari kigizwe n’indiba n’igihimba n’amapfundo n’indabyo n’udututu twazo, kandi byose byacuzwe bifatanye.

18 Bashamikira ku gihimba amashami atandatu, atatu mu ruhande rumwe, atatu mu rundi.

19 Buri shami ryari rifite amapfundo atatu n’indabyo eshatu, n’udututu twazo.

20 Ku gihimba bashyiraho amapfundo n’indabyo, n’udututu twazo.

21 Bashyira ipfundo munsi ya buri mashami abiri abiri agize ibyiciro bitatu.

22 Amapfundo n’amashami by’igitereko, byose babicuze mu izahabu inoze bifatanye.

23 Bacura mu izahabu inoze amatara arindwi n’ibikoresho byo kuyacana no kuyazimya, n’isahani yo kubishyiraho.

24 Icyo gitereko n’ibigendana na cyo, byose babicuze mu biro mirongo itatu na bitanu by’izahabu inoze.

Igicaniro cy’imibavu

25 Babāza mu mbaho z’iminyinya igicanirocyo koserezaho imibavu. Cyari gifite ubugari bwa santimetero mirongo ine n’enye, n’uburebure bwa santimetero mirongo ine n’enye, n’ubuhagarike bwa santimetero mirongo inani n’umunani. Cyari gifite amahembe y’imbaho afatanye na cyo.

26 Bacyomekaho izahabu inoze impande zose no hejuru no ku mahembe yacyo, bakizengurutsa n’umuguno w’izahabu.

27 Bacura ibifunga mu izahabu babifunga munsi y’umuguno, bibiri ku ruhande rumwe, bibiri ku rundi. Ibyo bifunga ni ibyo kwinjizamo imijishi yo guhekesha igicaniro.

28 Iyo mijishi bayibāza mu biti by’iminyinya, bayomekaho izahabu.

Amavuta yo gusīga n’umubavu

29 Umuhanga mu gukora amarashi akora amavuta yo gukoresha mu mihango yo gusīga, akora n’umubavu mwiza uhumura neza wo koswa.

Categories
Ukuvanwa mu Misri

Ukuvanwa mu Misri 38

Urutambiro

1 Bakora urutambiro mu mbaho z’iminyinya rufite impande enye zingana, buri ruhande rufite metero ebyiri na santimetero makumyabiri, n’ubuhagarike bwa metero imwe na santimetero mirongo itatu.

2 Mu nguni zarwo zo hejuru uko ari enye, rwari rufite amahembe y’imbaho afatanye na rwo, kandi rwose barwomekaho umuringa.

3 Bacura mu muringa ibikoresho byose bijyana na rwo: inzabya n’ibitiyo byo kuyoza ivu, n’ibikombe n’ibyotezo n’amakanya yo kwaruza inyama.

4 Bacura mu muringa akazitiro k’akayunguruzo, bakazengurutsa urutambiro kuva hasi kugeza mu cya kabiri cyarwo.

5 Bacura mu muringa ibifunga bine byo kwinjizamo imijishi, babishyira mu nguni enye z’ako kazitiro.

6 Babāza iyo mijishi mu biti by’iminyinya bayomekaho umuringa,

7 bayinjiza mu bifunga biri mu mpande zombi z’urutambiro kugira ngo bajye bashobora kuruheka. Rwari rukoze mu mbaho, kandi imbere muri rwo hāri umurangara.

Igikarabiro

8 Bacura igikarabiro n’igitereko cyacyo mu muringa, wavuye mu musanzu w’abagore bakoraga ku muryango w’Ihema ry’ibonaniro, batanze indorerwamo zabo z’umuringa.

Urugo rw’Ihema

9 Bakora n’ibyo kubaka urugo. Baboha imyenda mu budodo bw’umweru bukaraze: uwo mu nkike yo mu ruhande rw’amajyepfo wari ufite uburebure bwa metero mirongo ine n’enye.

10 Bawubāriza inkingi makumyabiri, bazicurira ibirenge makumyabiri mu muringa, bacura mu ifeza udukonzo n’udukondo two kuwumanikisha.

11 N’uwo mu nkike yo mu ruhande rw’amajyaruguru babigenza batyo.

12 Umwenda w’inkike yo mu ruhande rw’iburengerazuba wari ufite uburebure bwa metero makumyabiri n’ebyiri, bawubāriza inkingi icumi bazicurira ibirenge icumi, bacura mu ifeza udukonzo n’udukondo two kuwumanikisha.

13 Inkike yo mu ruhande rw’iburasirazuba yari ifite uburebure bwa metero makumyabiri n’ebyiri.

14 Umwenda wo ku nkike yo haruguru y’irembo wari ufite uburebure bwa metero esheshatu n’igice, bawubāriza inkingi eshatu bazicurira n’ibirenge bitatu.

15 N’uwo ku nkike yo hepfo y’irembo na wo babigenza batyo.

16 Imyenda yose y’urwo rugo yari iboshywe mu budodo bw’umweru bukaraze.

17 Ibirenge by’inkingi babicuze mu muringa, naho udukondo n’udukonzo twazo babicura mu ifeza, hejuru ku nkingi bomekaho ifeza maze baziteraho twa dukondo.

18 Abahanga mu kudoda baboha umwenda wo gukinga ku irembo, ufite uburebure bwa metero icyenda n’ubuhagarike bungana n’ubw’umwenda w’urugo, ari bwo metero ebyiri na santimetero makumyabiri, bawuboha mu budodo bw’isine n’ubw’umuhemba, n’ubw’umutuku n’ubw’umweru bukaraze.

19 Bawubāriza inkingi enye bazicurira mu muringa ibirenge bine, bazicurira mu ifeza udukondo n’udukonzo maze hejuru kuri zo bomekaho ifeza.

20 Imambo z’Ihema n’iz’urugo bazicura mu muringa.

Izahabu n’ifeza n’umuringa byakoreshejwe

21 Musa ategeka Abalevi ko babarura ibyo gukoresha mu mushinga wo kubaka Ihema ry’ibonaniro, bayobowe na Itamari mwene Aroni umutambyi.

22 Besalēli mwene Uri akaba n’umwuzukuru wa Huri wo mu muryango wa Yuda, yari yakoze ibyo Uhoraho yari yategetse Musa byose.

23 Yafashijwe na Oholiyabu mwene Ahisamaki wo mu muryango wa Dani. Yari azi ubukorikori bwinshi: kubāza amabuye no kuboha imyenda mu budodo bw’isine n’ubw’umuhemba, n’ubw’umutuku n’ubw’umweru.

24 Ba Balevi babonye ko izahabu yose Abisiraheli batanze ngo ikoreshwe mu mushinga wo kubaka Ihema, yapimaga nka toni imwe hakurikijwe igipimo gikoreshwa n’abatambyi.

25 Naho ifeza babonye ko zapimaga toni eshatu n’ibiro magana ane na makumyabiri. Ni izatanzwe mu gihe cy’ibarura ry’Abisiraheli.

26 Habaruwe abagabo ibihumbi magana atandatu na bitatu na magana atanu na mirongo itanu, bafite imyaka makumyabiri n’abayirengeje, buri muntu agatanga ifeza zari zategetswe zipimwe hakurikijwe igipimo gikoreshwa n’abatambyi.

27 Muri izo feza bakoresheje toni eshatu n’ibiro magana ane bacura ibirenge ijana byo gushingamo ibizingiti by’Ihema, n’inkingi zo kumanikaho umwenda waryo. Buri kirenge cyatwaye ibiro mirongo itatu na bine by’ifeza.

28 Mu biro makumyabiri byasigaye bacuramo udukondo n’udukonzo tw’inkingi, bakuramo n’ifeza yo komeka hejuru kuri izo nkingi.

29 Umuringa Abisiraheli batanze, wo wapimaga nka toni ebyiri n’ibiro magana ane.

30 Bawukoresheje mu gucura ibirenge by’inkingi zo ku muryango w’Ihema ry’ibonaniro, no kubaka urutambiro no gucura akazitiro karwo n’ibikoresho byose bigendana na rwo,

31 bawucuramo n’ibirenge by’inkingi z’urugo n’izo ku irembo, bawucuramo n’imambo zo gushinga Ihema n’iz’urugo rurizengurutse.

Categories
Ukuvanwa mu Misri

Ukuvanwa mu Misri 39

Igishura cy’umutambyi

1 Abahanga mu kudoda badoda imyambaro y’abazakora mu Ihema, harimo iyagenewe Aroni n’iyo abahungu be bazajya bambara bakora umurimo w’ubutambyi. Bayidoze mu myenda iboshywe mu budodo bw’isine n’ubw’umuhemba n’ubw’umutuku, nk’uko Uhoraho yari yabitegetse Musa.

2-3 Abanyabukorikori bacura izahabu bayigira agahwahwari, bayikatamo ubudodo bwo kuvanga n’ubw’isine n’ubw’umuhemba, n’ubw’umutuku n’ubw’umweru.

Abadozi badodesha igishura ubudodo bw’isine n’ubw’umuhemba, n’ubw’umutuku n’ubw’umweru bukaraze n’ubw’izahabu.

4 Bashyiraho imishumi ku mitwe yacyo yombi yo kugifatisha ku ntugu.

5 Badoda umukandara wo kugikenyeza mu mwenda umeze nk’uwadozwemo igishura, nk’uko Uhoraho yari yabitegetse Musa.

6 Umubāji w’amabuye yandika amazina ya bene Yakobo ku mabuye y’agaciro yitwa onigisi nk’uko bakora ikashe, ayafungira mu tuzingiti tw’izahabu.

7 Bayafatisha ku mishumi y’igishura kugira ngo abe urwibutso rw’imiryango y’Abisiraheli, nk’uko Uhoraho yari yabitegetse Musa.

Agafuka ko mu gituza

8 Abahanga mu kudoda badoda agafuka ko mu gituza cy’umutambyi mu mwenda umeze nk’uw’igishura, w’ubudodo bw’isine n’ubw’umuhemba n’ubw’umutuku, n’ubw’umweru bukaraze n’ubw’izahabu.

9 Kari gakubiranyije kandi gafite impande enye zingana, buri ruhande rufite santimetero makumyabiri n’ebyiri.

10 Bagatakaho imisitari ine y’amabuye y’agaciro, ku musitari wa mbere batakaho ayitwa rubi na topazi na emerodi,

11 ku musitari wa kabiri batakaho malashita na safiro na diyama,

12 ku musitari wa gatatu batakaho yasenti na agata na ametisito,

13 naho ku musitari wa kane batakaho kirizolito na onigisi na yasipi. Buri buye barifungiye mu kazingiti k’izahabu.

14 Kuri buri buye bandikaho izina ry’umwe muri bene Yakobo nk’uko bakora ikashe. Ayo mabuye ashushanya imiryango cumi n’ibiri y’Abisiraheli.

15 Babohera ako gafuka udushumi mu budodo bw’izahabu inoze tumeze nk’imigozi.

16 Bagacurira utuzingiti tubiri tw’izahabu. Bacura n’udukondo tubiri tw’izahabu badutera ku mitwe yako yombi yo hejuru,

17 maze badufungiraho utwo dushumi twombi.

18 Indi mitwe y’utwo dushumi bayifunga ku tuzingiti duteye ku mishumi y’igishura, bityo agafuka kaba ku ruhande rw’imbere rwacyo.

19 Bacura utundi dukondo tubiri tw’izahabu, badutera ku mitwe yo hasi y’agafuka ahegereye igishura.

20 Bacura utundi dukondo tubiri tw’izahabu, badutera ku musozo w’igishura aho imishumi yacyo itereye, hejuru y’umukandara bagikenyeza.

21 Utwo dukondo tw’agafuka n’utwo hejuru y’umukandara w’igishura badufatanyisha agashumi k’isine kugira ngo ako gafuka kagume hamwe, nk’uko Uhoraho yari yabitegetse Musa.

Indi myambaro y’abatambyi

22 Badoda ikanzu yo kwambariraho igishura mu mwenda uboshywe mu budodo bw’isine,

23 ku ijosi ryayo bahashyira umusozo ukomeye kugira ngo itazacika.

24 Ku musozo wayo wo hasi bahazengurutsa incunda zimeze nk’amapera, ziboshye mu budodo bukaraze bw’isine n’ubw’umuhemba n’ubw’umutuku.

25 Bacura amayugi y’izahabu inoze bayatera hagati y’incunda n’indi,

26 bagenda babibisikanya batyo kuzenguruka ku musozo. Uko ni ko badoze ikanzu y’umutambyi, nk’uko Uhoraho yari yabitegetse Musa.

27 Aroni n’abahungu be babadodera amakanzu maremare y’umweru,

28 badoda mu mwenda w’umweru ingofero ya Aroni n’iz’abahungu be, babadodera n’amakabutura mu budodo bw’umweru bukaraze.

29 Babohera Aroni umukandara mu budodo bw’umweru bukaraze, n’ubw’isine n’ubw’umuhemba n’ubw’umutuku, nk’uko Uhoraho yari yabitegetse Musa.

30 Bacura mu izahabu inoze agasate ko kwambarana n’ingofero y’umutambyi, maze bandikaho ngo “Uweguriwe Uhoraho”, nk’uko bakora ikashe.

31 Bagafunga imbere ku ngofero bakoresheje umushumi w’isine nk’uko Uhoraho yari yabitegetse Musa.

Abisiraheli bamurikira Musa ibyo bakoze

32 Abisiraheli bakoze ibyo Uhoraho yategetse Musa byose: barangiza gutegura Ihema ry’ibonaniro n’ibigendana na ryo.

33 Bazanira Musa Ihema n’ibyo kurisakara n’udukonzo twaryo, n’ibizingiti n’imbariro zo kubifatanya n’inkingi zaryo n’ibirenge byazo.

34 Impu z’intama zizigishijwe ibara ry’umutuku n’izindi mpu z’agaciro zo gusakara Ihema, n’umwenda wo gukingiriza Icyumba kizira inenge cyane.

35 Isanduku yo gushyiramo ibisate by’amabuye byanditsweho Amategeko n’imijishi yayo n’igipfundikizo cyayo.

36 Ameza n’ibikoresho byayo n’imigati iturwa Uhoraho.

37 Igitereko cy’amatara cy’izahabu inoze n’amatara yacyo yose n’ibikoresho byacyo byose, n’amavuta yo gucana.

38 Igicaniro cy’izahabu n’amavuta yo gusīga n’imibavu yoswa, n’umwenda wo gukinga ku muryango w’Ihema.

39 Urutambiro rw’umuringa n’akazitiro k’akayunguruzo karwo k’umuringa, n’imijishi yarwo n’ibikoresho byarwo byose, n’igikarabiro n’igitereko cyacyo.

40 Imyenda yo kubakisha urugo n’inkingi zarwo n’ibirenge byazo, n’umwenda wo gukinga ku irembo ry’urugo n’imigozi yarwo n’imambo zarwo, n’ibindi bikoresho byose bigenewe Ihema ry’ibonaniro.

41 Imyambaro iboshywe y’abazakora mu Ihema harimo iyagenewe Aroni, n’iyo abahungu be bazajya bambara bakora umurimo w’ubutambyi.

42 Byose Abisiraheli babikora nk’uko Uhoraho yari yategetse Musa.

43 Musa abonye ko byose byakozwe nk’uko Uhoraho yari yabitegetse, abasabira umugisha.

Categories
Ukuvanwa mu Misri

Ukuvanwa mu Misri 40

Uhoraho ategeka Musa gushinga Ihema

1 Uhoraho abwira Musa ati:

2 “Ku itariki ya mbere y’ukwezi kwa mbereuzashinge Ihema ry’ibonaniro.

3 Uzashyiremo Isanduku irimo ibisate by’amabuye byanditsweho Amategeko, maze ukingeho umwenda wabigenewe.

4 Uzinjize ameza ushyireho imigati, winjize n’igitereko cy’amatara uterekeho amatara yacyo.

5 Igicaniro cy’izahabu cyo koserezaho imibavu, uzagishyire mu Cyumba kizira inenge hafi ya ya Sanduku, maze ukinge umwenda ku muryango w’Ihema.

6 Uzashyire urutambiro imbere y’umuryango w’Ihema ry’ibonaniro.

7 Igikarabiro uzagishyire hagati y’Ihema ry’ibonaniro n’urutambiro, maze ucyuzuze amazi.

8 Uzubake urugo ruzengurutse Ihema, hanyuma ukinge umwenda ku irembo ryarwo.

9 “Uzafate amavuta abigenewe, uyasīge Ihema n’ibiririmo byose n’ibikoresho byaryo byose, kugira ngo ubinyegurire bibe binyeguriwe rwose.

10 Uzayasīge n’urutambiro n’ibikoresho byarwo byose, kugira ngo urunyegurire rwose.

11 Uzayasīge igikarabiro n’igitereko cyacyo, kugira ngo ubinyegurire.

12 “Uzazane Aroni n’abahungu be ku muryango w’Ihema ry’ibonaniro, maze uhabuhagirire.

13 Uzambike Aroni imyambaro y’umutambyi, umusukeho amavuta kugira ngo umunyegurire ambere umutambyi.

14 Uzazane n’abahungu be ubambike amakanzu,

15 ubasukeho amavuta nk’uko wayasutse kuri se, na bo ubanyegurire bambere abatambyi. Uwo muhango uzakorerwe n’abazabakomokaho uko ibihe bihaye ibindi.”

Bashinga Ihema ry’ibonaniro

16 Musa akora ibyo Uhoraho yari yamutegetse byose.

17 Ku itariki ya mbere y’ukwezi kwa mbere bamaze umwaka bavuye mu Misiri, bashinga Ihema

18 bayobowe na Musa. Bashinga ibizingiti mu birenge byabyo, bateraho imbariro bashinga n’inkingi z’Ihema,

19 barishyira hejuru yabyo maze bararisakara, nk’uko Uhoraho yari yabitegetse Musa.

20 Musa afata bya bisate by’amabuye byanditsweho Amategeko abishyira mu Isanduku, ashyiraho igipfundikizo maze ayinjizamo imijishi yayo.

21 Bashyira Isanduku mu Ihema bakingaho umwenda wabigenewe, nk’uko Uhoraho yari yabitegetse Musa.

22 Bashyira ameza mu Ihema ry’ibonaniro iburyo, hino y’umwenda ukingirije Isanduku.

23 Musa ayashyiriraho imigati mu Cyumba kizira inenge, nk’uko Uhoraho yari yabimutegetse.

24 Bashyira igitereko cy’amatara mu Ihema ry’ibonaniro ibumoso ahateganye n’ameza,

25 Musa aterekeraho amatara mu Cyumba kizira inenge, nk’uko Uhoraho yari yabitegetse.

26 Bashyira igicaniro cy’izahabu mu Ihema ry’ibonaniro hino y’umwenda,

27 Musa yoserezaho imibavu ihumura neza, nk’uko Uhoraho yari yabimutegetse.

28 Nuko bakinga umwenda ku muryango w’Ihema.

29 Bashyira urutambiro imbere y’umuryango w’Ihema ry’ibonaniro, Musa atambiraho igitambo gikongorwa n’umuriro n’ituro ry’ibinyampeke, nk’uko Uhoraho yari yabimutegetse.

30 Bashyira igikarabiro hagati y’Ihema ry’ibonaniro n’urutambiro, bacyuzuza amazi yo kwisukura.

31 Musa na Aroni n’abahungu be bajyaga bakarabiramo intoki bakoga n’ibirenge

32 mbere yo kwinjira mu Ihema ry’ibonaniro, cyangwa kwegera urutambiro nk’uko Uhoraho yari yabitegetse Musa.

33 Bubaka urugo ruzengurutse Ihema n’urutambiro, bakinga umwenda ku marembo yarwo. Musa arangiza atyo iyo mirimo.

Ikuzo ry’Uhoraho n’inkingi y’igicu

34 Igicu gitwikīra Ihema ry’ibonaniro maze ikuzo ry’Uhoraho riraryuzura,

35 ku buryo Musa atashoboye kwinjiramo.

36 Kuva icyo gihe Abisiraheli ntibakomezaga urugendo icyo gicu kitavuye ku Ihema.

37 Iyo kitarivagaho, bagumaga aho kugeza umunsi kiriviriyeho.

38 Icyo gicu cy’Uhoraho cyagumaga hejuru y’Ihema ku manywa, naho nijoro kikaba umuriro. Byagenze bityo ku Bisiraheli mu rugendo rwabo rwose.