Categories
Ubuhanga

Ubuhanga 1

Gushakashaka Imana no kwirinda icyaha

1 Mwebwe bategetsi b’isi, nimukunde ubutungane,

nimuzirikane Nyagasani mu buryo buboneye,

nimumushakashake n’umutima utaryarya.

2 Koko rero yiyereka abatamugerageza,

yigaragariza abamwemera.

3 Ibitekerezo bitaboneye bituma abantu batandukana n’Imana,

ububasha bwayo bukoza isoni abapfapfa bayigerageza.

4 Ubuhanga ntibuboneka mu muntu ukora ibibi,

ntibuba mu mubiri wigaruriwe n’icyaha.

5 Ubuhanga ni Mwuka Muziranenge ujijura abantu,

koko rero burwanya uburiganya,

ntibubana n’ibitekerezo by’abapfapfa,

ntibwishimira akarengane.

Imana izi ibyo tuvuga

6 Ubuhanga ni umwuka ugirira abantu neza,

nyamara buhana umuntu uvuga Imana nabi.

Koko Imana izi ibyo umuntu atekereza,

izi neza ibyo umuntu yifuza kandi yumva ibyo avuga.

7 Mwuka wa Nyagasani yakwiriye ku isi hose,

ni we ukoranyiriza byose hamwe akamenya n’ibihavugirwa byose.

8 Uvugana ubugome wese ntazabura guhanwa,

ntazarokoka ubutabera bumushinja.

9 Ibitekerezo by’umugome bizakurikiranwa,

amagambo ye azagera kuri Nyagasani,

bityo azahanirwa ubugome bwe.

10 Koko Imana yumva byose,

nta jambo na rimwe riyicika.

11 Mujye mwirinda imyijujuto idafite ishingiro,

mujye mwirinda n’amagambo asebanya.

Koko rero ijambo ridahwitse ntiribura ingaruka,

umuntu usebanya yica umutima we.

Imana ntiyaremye urupfu

12 Ntimukikururire urupfu muyobya ubuzima bwanyu,

ntimukikururire ukurimbuka bitewe n’ibikorwa byanyu.

13 Mumenye ko Imana atari yo yaremye urupfu,

ntishimishwa n’ukurimbuka kw’ibinyabuzima.

14 Ibintu byose Imana yabiremye ishaka ko bikomeza kubaho,

ibyaremwe byo mu isi byagenewe gukomeza ubuzima,

ntibirangwamo uburozi bwica,

urupfu ntirutegeka isi.

15 Koko rero uharanira ubutungane ntashobora gupfa.

Imibereho y’abagome n’iy’intungane

16 Ibikorwa n’amagambo by’abagome bibakururira urupfu,

bararwifuza nk’aho ari incuti,

bagirana na rwo amasezerano,

koko bakwiye kuruyoboka.

Categories
Ubuhanga

Ubuhanga 2

1 Mu bitekerezo byabo bifutamye barabwirana bati:

“Imibereho yacu ni iy’igihe gito kandi iteye agahinda,

iyo iherezo ryayo rigeze ntirisubizwa inyuma,

nta n’umwe tuzi wigeze kugaruka avuye ikuzimu.

2 Twavutse ku bw’amahirwe,

nitumara gupfa tuzamera nk’abatigeze kubaho.

Umwuka duhumeka ni nk’umwotsi,

ibitekerezo byacu ni nk’igishashi cy’umuriro,

ni nk’igishashi cyaka uko umutima wacu utera.

3 Iyo kizimye umubiri uhinduka ivu,

umwuka duhumeka uyoyoka nk’umuyaga.

4 Uko ibihe bihita izina ryacu rizibagirana,

nta muntu n’umwe uzibuka ibikorwa byacu.

Ubuzima bwacu buzamera nk’igicu gihita,

buzashira nk’igihu kiyoyoka iyo izuba rirashe.

5 Ubuzima bwacu ni nk’igicucu gihita,

iherezo ryacu ni ntarengwa,

ryashyizweho kandi nta warihindura.

6 “Nimuze rero twishimishe mu byiza dufite,

nimuze twinezeze nta cyo twikanga nko mu gihe cy’ubusore.

7 Nimuze dusinde divayi iruta izindi,

nimuze twisige n’imibavu y’agaciro,

indabyo zihumura neza ntituzitangweho,

8 nimuze dutamirize indabyo za roza zitararabirana.

9 Ntihagire n’umwe ubura mu munsi mukuru wacu,

ahantu hose tuhasige ibimenyetso by’umunezero wacu,

koko ni wo mugabane wacu n’umunani wacu.

10 “Nimuze dukandamize umukene w’intungane,

umupfakazi ntitumugirire impuhwe,

umusaza na we ntitumurebe n’irihumye.

11 Duharanire uburenganzira bwacu dukoresheje ingufu,

koko intege nke ntacyo zimaze.

12 Twibasire intungane kuko itubuza amahoro,

tuyibasire kuko itubangamira,

idushinja ko tutubahiriza amategeko,

iturega ko twataye umuco mwiza twatojwe.

13 Intungane yirata ko izi Imana,

yiyita umwana wa Nyagasani.

14 Ntihwema kugaya ibitekerezo byacu,

kuyireba ubwabyo biratubangamira.

15 Imibereho yayo inyuranye n’iy’abandi,

imyifatire yayo ntisanzwe.

16 Idufata nk’ikintu cyataye agaciro,

itugendera kure nk’aho turi imyanda.

Ihamya ko iherezo ry’intungane ari amahirwe,

yirata ko ifite Imana ho umubyeyi.

17 Nimureke turebe niba ibyo ivuga ari ukuri,

nimureke dusuzume neza iherezo ryayo.

18 Niba koko intungane ari umwana w’Imana,

Imana izayitabara iyikize abanzi bayo.

19 Nimuze tuyigerageze tuyitoteza,

bityo tuzamenya aho ukwiyumanganya kwayo kugarukira,

tuzareba ukwihangana kwayo.

20 Nimureke tuyitange yicwe urw’agashinyaguro,

niba ibyo ivuga ari ukuri Imana izayitabara.”

Abagome barayoba

21 Nguko uko abo bantu batekereza, nyamara barayoba,

ubugome bwabo bwabagize impumyi.

22 Ntibasobanukirwa amabanga y’umugambi w’Imana,

ntibizera igihembo giteganyirijwe intungane,

ntibemera ikuzo ryazigamiwe abantu baboneye.

23 Koko rero Imana yaremeye umuntu kudapfa,

yamuremye mu ishushoyayo.

24 Nyamara kubera ishyari rya Sekibi urupfu rwinjiye mu isi,

bityo rwigarurira abamuyoboka.

Categories
Ubuhanga

Ubuhanga 3

Amaherezo y’intungane

1 Intungane ziri mu maboko y’Imana,

ntizizongera kubabazwa ukundi.

2 Abapfapfa bo batekereza ko intungane zipfa buheriheri,

batekereza ko iyo zipfuye ziba zigushije ishyano.

3 Batekereza ko iyo zipfuye ziba zirimbutse,

nyamara zo zibereye mu mahoro.

4 Nubwo abantu batekereza ko zahanwe,

nyamara zo zihorana amizero yo kutazapfa.

5 Ububabare bwazo buroroshye,

buroroshye ugereranyije n’ingororano zizahabwa,

Imana yarazigerageje isanga zikwiye kubana na yo.

6 Yazigerageje nk’izahabu itunganyirijwe mu ruganda,

yazakiriye nk’igitambo gikongorwa n’umuriro.

7 Igihe Imana izaza kuzigororera zizarabagirana,

zizarabagirana nk’ibishashi by’umuriro mu byatsi byumye.

8 Izo ntungane zizacira imanza amahanga kandi zitegeke ibihugu,

Nyagasani azazibera umwami iteka ryose.

9 Abamwiringiye bazamenya ukuri icyo ari cyo,

abamuyobotse bazibanira na we mu rukundo,

koko agirira ubuntu n’imbabazi abo yitoranyirije.

Amaherezo y’abagome

10 Abagome bazahabwa igihano gikwiranye n’ibitekerezo byabo,

bahinyuye intungane kandi bimūra Nyagasani.

11 Koko bazabona ishyano abahinyuye Ubuhanga n’inyigisho zabwo,

ibyo biringira ni impfabusa,

ibikorwa byabo nta cyo bimaze bararuhira ubusa.

12 Abagore babo ni abapfapfa,

abana babo ni abagome,

urubyaro rwabo rwaravumwe.

Ikiruta ni ukwibera ingumba aho kubyara abagome

13 Hahirwa umugore w’ingumba utarigeze agira amakemwa,

hahirwa umugore utarigeze akora icyaha cy’ubusambanyi,

azabona ingororano igihe Imana izaca imanza.

14 Hahirwa kandi inkone itarigeze ikora ikibi,

irahirwa kuko itigeze itekereza ibinyuranyije n’ugushaka kw’Imana.

Izagorererwa ineza y’ubwo budahemuka bwayo,

izahabwa umwanya ushimishije mu Ngoro ya Nyagasani.

15 Koko rero imbuto z’ibikorwa byiza ni ikuzo,

Ubuhanga ni nk’umuzi w’igiti utigera umungwa.

16 Nyamara abana babyawe n’umusambanyi bazakenyuka,

urubyaro rukomoka ku mibanire itemewe n’amategeko ruzarimbuka.

17 Nubwo baramba ntibazitabwaho,

nubwo bagera mu za bukuru ntibazubahwa.

18 Nibakenyuka ntibazajyana icyizere,

ku munsi w’urubanza ntibazahozwa,

19 koko amaherezo y’abagome ni ukurimbuka.

Categories
Ubuhanga

Ubuhanga 4

1 Ikiruta ni ukuba ingumba ukarangwa n’imigenzereze myiza,

abagenza batyo ntibazibagirana,

bazashimwa n’Imana ndetse n’abantu.

2 Iyo bakiriho babera abandi urugero,

iyo bamaze gupfa abantu barababara,

mu bugingo bw’iteka bazambikwa ikamba,

bazagororerwa kuko batsinze intambara.

3 Urubyaro rw’abagome nubwo rwaba rwinshi ruzaba imburamumaro,

abana b’ibinyendaro ntaho bashingiye,

ntibazashinga imizi ngo bakomere.

4 Nubwo bagaba amashami ntibakomeye,

iyo umuyaga ubahushye barahungabana,

inkubi y’umuyaga ikabarimbura.

5 Amashami yabo azavunika akiri mato,

imbuto zabo zizahunguka zidahishije zipfe ubusa.

6 Koko rero ku munsi w’urubanza abo bana b’ibinyendaro bazashinja ababyeyi babo,

bazagaragaza imyifatire mibi y’ababyeyi babo.

Ugukenyuka kw’intungane

7 Intungane nubwo yapfa ikenyutse izanezerwa.

8 Kubaha umusaza ntibiterwa n’igihe amaze,

icyubahiro ntikigereranywa n’ubwinshi bw’imyaka.

9 Ubuhanga ntiburindira ko umuntu amera imvi,

imibereho iboneye ntirindira ko agera mu za bukuru.

Urugero rwa Enoki

10 Habayeho umuntu watunganiye Imana iramukunda,

Imana yaramutwaye kuko yabanaga n’abanyabyaha.

11 Imana yaramujyanye kugira ngo ikibi kitayobya ibitekerezo bye,

yaramujyanye kugira ngo atagwa mu gishuko.

12 Koko ubushukanyi bw’ikibi buzimangatanya icyiza,

inkubiri y’irari iyobya umutima utaryarya.

13 Uwo muntu yabaye intungane mu gihe gito,

nyamara yagize ubutungane bwagerwaho mu myaka myinshi.

14 Umutima we wanyuze Nyagasani,

ni cyo cyatumye avanwa bwangu mu isi y’abagome.

Abantu barabibonye ariko ntibabisobanukirwa,

nta n’ubwo bigeze babizirikana.

15 Imana igirira ubuntu n’imbabazi abo yatoranyije,

Imana irinda abantu bayo.

Iherezo ry’abagome

16 Akenshi intungane ipfuye ishinja abakiriho batubaha Imana,

intungane ikenyutse ishinja abasaziye mu bukozi bw’ibibi.

17 Abantu babona amaherezo y’abanyabwenge,

nyamara ntibazamenya umugambi Nyagasani abafitiye,

ntibazamenya impamvu abaha kuruhukira mu mahoro.

18 Abantu barabibona bakabihinyura,

ariko Nyagasani azabakoza isoni.

19 Nyuma y’ibyo bazahinduka intumbi zigayitse,

bazahinduka urw’amenyo iteka ryose mu bapfuye.

Koko bazajugunywa mu mva bacuramye,

ntibazigera bavuga ijambo na rimwe.

Nyagasani azabarimbura abahindure ivu,

bazaba mu mubabaro kandi ntibazibukwa ukundi.

Ukubabara kw’abagome

20 Igihe ibyaha byabo bizaba byagaragajwe,

bazaza bahinda umushyitsi,

ibicumuro byabo bizabashinja.

Categories
Ubuhanga

Ubuhanga 5

1 Icyo gihe intungane izahagarara nta cyo yishisha,

izahagarara imbere y’abayikandamizaga bagahinyura ibikorwa byayo.

2 Abo bagome bazaterwa ubwoba no kubona intungane nta cyo yishisha,

bazatangazwa n’uko yakijijwe batabitekerezaga.

3 Bazavugana bababaye kandi bafite ikiniga bati:

4 “Uyu ni wa muntu kera twahinyuraga,

ni we twahinduye urw’amenyo!

Koko twebwe twari abapfapfa,

twatekerezaga ko ari nk’umuzasi,

twabonaga urupfu ari urukozasoni.

5 None se abarwa ate mu bana b’Imana,

yabonye ate umugabane mu baziranenge?

6 Koko twateshutse inzira y’ukuri,

urumuri rw’ubutungane ntirwatumurikiye,

izuba ntiryaturasiye.

7 Ntitwahwemye kuyoboka inzira y’ibibi no kurimbuka,

twambukiranyije ubutayu butagira inzira,

ntitwamenye inzira ya Nyagasani!

8 “None se ubwirasi bwatumariye iki?

Ese ubukungu twiratanaga bwatwunguye iki?

9 Ibyo byose byayoyotse nk’igihu,

byabaye nk’inkuru ihita yibagirana.

10 Byabaye nk’ubwato bwahuranya imivumba yo mu nyanja,

ntawe ushobora kumenya aho bunyuze,

ntawe ushobora kubona inzira y’indiba yabwo.

11 Bimeze kandi nk’igisiga kiguruka mu kirere,

ntigisiga uburari bwacyo mu kirere,

gihuha umuyaga woroshye gikoresheje amababa yacyo,

gikubita amababa kikawucamo inzira,

nyamara aho kinyuze ntikihasiga uburari bwacyo.

12 Bimeze nk’umwambi baboneje ku ntego,

umwuka unyuzemo uhita usubirana,

ntawe ushobora kumenya aho unyuze.

13 Ni ko natwe tumeze dupfa tukivuka,

nta bikorwa byiza twasize inyuma,

ububi bwacu bwatumye turimbuka!”

14 Koko icyizere cy’umugome ni nk’umurama utumurwa n’umuyaga,

ni nk’urufuro rukubiswe n’umuhengeri.

Kiyoyoka nk’umwotsi uhushywe n’umuyaga,

gihita nk’urwibutso rw’umushyitsi w’umunsi umwe.

Ikuzo ry’intungane n’igihano cy’abagome

15 Nyamara intungane zibaho iteka ryose,

ingororano yazo itangwa na Nyagasani,

Usumbabyose azazitaho.

16 Bazahabwa ikamba ry’ikuzo,

Nyagasani azabatamiriza ikamba ryiza cyane,

azabarindisha ukuboko kwe kw’iburyo,

ukuboko kwe kuzabakingira nk’ingabo.

17 Ishyaka rye ni ryo rizaba umwambaro w’urugamba,

ibiremwa azabyambika intwaro zo guhashya umwanzi.

18 Azakenyera ubutabera nk’umukandara,

urubanza rutabera ruzamubera nk’ingofero y’icyuma.

19 Ubutungane buzamubera nk’ingabo y’umutamenwa,

20 uburakari bwe budacogora buzaba nk’inkota ityaye,

ibyo yaremye bizafatanya na we kurwanya abapfapfa.

21 Imirabyo izagenda nk’imyambi iboneje neza,

izamera nk’irashishijwe umuheto ureze cyane,

izasohoka mu bicu iboneje ku ntego.

22 Amahindu azabagwira afite ubukana,

amazi y’inyanja azabuzuranaho,

inzuzi zizabarengaho nta mbabazi.

23 Inkubi y’umuyaga izabazibiranya,

umuyaga w’ishuheri uzabakoza hiryo no hino.

Uko ni ko ibicumuro bizarimbura isi,

ibikorwa bibi bizarimbura ingoma z’abami.

Categories
Ubuhanga

Ubuhanga 6

Abami bagomba gushakashaka Ubuhanga

1 Mwa bami mwe, nimwumve maze musobanukirwe,

mwa bategetsi bo ku isi yose mwe, nimujijuke.

2 Mwa bategetsi b’imbaga mwe, nimutege amatwi,

nimutege amatwi mwe abirata ko mutegeka ibihugu byinshi.

3 Ububasha mufite mubukesha Nyagasani,

Usumbabyose ni we wabahaye ubutegetsi,

ni we uzasuzuma ibikorwa byanyu n’imigambi yanyu.

4 Nubwo muri abagaragu b’Usumbabyose,

ntimuca imanza mukurikije ubutabera,

ntimwubahiriza Amategeko,

ntimukora icyo Imana ishaka.

5 Imana izabagwa gitumo ku buryo buteye ubwoba,

koko abanyabubasha bazacirwa urubanza rukaze.

6 Aboroheje bazagirirwa impuhwe,

nyamara abanyabubasha bazakurikiranwa bikomeye.

7 Umutegetsi wa bose ntatinya umuntu uwo ari we wese,

ntamutinya nubwo yaba akomeye.

Aboroheje n’abakomeye ni we wabaremye,

bose abitaho ku buryo bumwe,

8 nyamara abanyabubasha bazakurikiranwa bikomeye.

9 Mwa bategetsi mwe, ni mwe mbwira,

ndababwira kugira ngo mwige Ubuhanga maze mureke kuyoba.

10 Koko abakurikiza Amategeko azira inenge bazitwa intungane,

abayakurikiza azabarengera mu rubanza.

11 Nimugirire inyota amagambo yanjye,

nimuyifuze mushishikaye muzasobanukirwa.

Ubuhanga bwigaragariza ubushaka wese

12 Ubuhanga butanga umucyo utajya wijima,

ababukunda babubona bitabaruhije,

bwigaragariza ababushakashaka.

13 Bwihishurira ababwifuza,

bufata iya mbere mu kubiyereka.

14 Uzinduka abushakashaka ntananirwa,

azabusanga imbere y’umuryango we.

15 Kubuzirikana ni ko kumenya ubwenge nyakuri,

umuntu udahwema kubushakashaka ntahagarika umutima.

16 Koko ni bwo bushakashaka ababukwiriye,

bubakirana urugwiro mu mayira,

bubigaragariza mu bitekerezo byabo.

17 Intangiriro yo kumenya Ubuhanga ni ukubukunda,

ni ukwifuza kujijurwa na bwo no kubusobanukirwa.

18 Kubukunda ni ugukurikiza amategeko yabwo,

kuyakurikiza bigatanga icyemezo cyo kudapfa.

19 Uko kudapfa kugaragariza umuntu ko ari kumwe n’Imana,

20 kugira inyota y’Ubuhanga bigeza umuntu ku bwami.

21 Yemwe bategetsi b’ibihugu,

niba mwishimira intebe n’inkoni bya cyami,

nimukunde Ubuhanga kugira ngo muganze iteka ryose.

Salomo asobanura Ubuhanga icyo ari cyo

22 Ariko se Ubuhanga ni iki, bwakomotse he?

Ngiye kububamenyesha nta na kimwe mbahishe,

nzaburondora mpereye ku nkomoko yabwo,

nzagaragaza imiterere yabwo ntateshutse ku kuri.

23 Sinzagengwa n’ibyifuzo bibi,

koko ntibifitanye isano n’Ubuhanga.

24 Abahanga nibaba benshi isi izamererwa neza,

umwami ushishoza azatuma rubanda rugubwa neza.

25 Nimureke mbigishe bizabagirira akamaro.

Categories
Ubuhanga

Ubuhanga 7

Salomo yari umuntu nk’abandi

1-2 Nanjye ubwanjye nzapfa nk’abandi,

nkomoka ku muntu wa mbere wabumbwe mu gitaka.

Nasamwe ku bw’imbuto y’umugabo mu byishimo by’urukundo,

namaze amezi icyenda mu nda ya mama,

amaraso ye yarankomeje.

3 Navukiye ku isi mpumeka umwuka nk’uw’abandi bose,

nahereye ko ndira nk’izindi mpinja,

4 bamfubitse utwenda banyitaho rwose,

5 nta mwami n’umwe utarabayeho muri ubwo buryo.

6 Abantu bose batangira kubaho ku buryo bumwe,

ubuzima bwabo na bwo burangira ku buryo bumwe.

Salomo akunda Ubuhanga

7 Nasabye Imana ubwengeirabumpa,

narambaje maze umwuka w’Ubuhanga unzamo.

8 Nabuhisemo kuruta inkoni n’intebe bya cyami,

nasanze ubukungu nta cyo bumaze ubugereranyije n’Ubuhanga.

9 Sinigeze mbugereranya n’ibuye ry’agaciro,

koko izahabu y’isi yose ni nk’umusenyi ungana urwara,

naho ifeza uyigereranyije na bwo ni nk’icyondo.

10 Nabukunze kuruta ubuzima n’uburanga,

nabuhisemo bundutira urumuri,

koko umucyo wabwo ntiwijima.

11 Kubugira byanzaniye ibyiza byose icyarimwe,

bwampaye ubukungu butagira ingano.

12 Nishimiye ibyo byiza byose Ubuhanga bwanzaniye,

nyamara sinigeze menya ko ari bwo nkomoko ya byose.

13 Icyo nabwigiyeho mbikuye ku mutima,

nzakimenyesha abandi ntacyo mbakinze,

nta cyo nzagabanya ku bukungu bwacyo,

14 koko ku bantu ni ubukungu budashira.

Ababwitabiriye bagirananye ubucuti n’Imana,

ibyiza byabwo bibageza ku Mana.

Imana ni yo sōko y’ubumenyi bwose

15 Icyampa ngo Imana impe kuvugana ubwenge,

icyampa ngo impe ibitekerezo bikwiranye n’ingabire nahawe,

koko ni yo igenga Ubuhanga ikayobora abanyabwenge.

16 Imana ni yo itugenga ikagenga n’ibyo tuvuga,

igenga ubwenge bwacu n’imikorere yacu.

17 Ni yo yampaye ubumenyi nyakuri bw’ibiriho,

yansobanuriye imiterere y’isi n’imibereho y’ibiyigize.

18 Yampaye kumenya intangiriro y’ibihe,

yampaye kumenya igihe turimo n’iherezo ryabyo,

yamenyesheje imiterere y’izuba n’imihindagurikire y’ibihe,

19 yamenyesheje uko imyaka ihita indi igataha,

yamenyesheje n’urugaga rw’ibinyarumuri.

20 Yamenyesheje kamere y’inyamaswa n’imyifatire yazo,

yamenyesheje imbaraga z’ibinyabubasha n’ibitekerezo by’abantu,

yamenyesheje amoko y’ibimera n’akamaro k’imizi yabyo.

21 Namenye ibiboneka n’ibitaboneka,

koko Ubuhanga bwahanze byose bwarabimenyesheje.

Igisingizo cy’Ubuhanga

22 Koko rero Ubuhanga bubamo umwuka w’ubwenge kandi uzira inenge,

uwo mwuka ni umwe rukumbi kandi wigaragaza mu buryo bwinshi,

ufite ubushishozi kandi ucengera ibintu byose,

ugira ubwibakure bwihariye,

uzira ikizinga kandi ukorera mu mucyo,

ukunda icyiza kandi ukagira ubwira.

23 Uwo mwuka ntuvogerwa,

ugira neza ukaba n’incuti y’abantu,

ntujegajega, uriringirwa kandi ugatuza,

ushobora byose kandi ugenzura byose,

ucengera imitima yose ifite ubwenge,

ucengera imitima izira inenge kandi ishishoza.

24 Ubuhanga buratebuka kurusha ibyihuta byose,

bucengera byose kubera ko buzira inenge.

25 Koko rero Ubuhanga ni umwuka w’ububasha bw’Imana,

ni ubutungane bukomoka ku ikuzo ry’Ushoborabyose,

ni yo mpamvu nta gihumanye cyabwinjiramo.

26 Ubuhanga ni icyezezi cy’urumuri ruhoraho,

ni indorerwamo izira ikizinga y’ibikorwa by’Imana,

ni ishusho y’ubuntu bwayo.

27 Nubwo ari bumwe rukumbi bushobora byose,

ntibuhindagurika ariko buvugurura ibiriho byose,

uko ibihe bisimburana butura mu mitima y’intungane,

buzihindura incuti z’Imana n’abahanuzi,

28 koko Imana yikundira ababana na bwo.

29 Ubuhanga burusha izuba n’inyenyeri kubengerana,

iyo ubugereranyije n’umucyo burawusumba.

30 Umucyo usimburwa n’umwijima,

nyamara ikibi ntikiganza Ubuhanga.

Categories
Ubuhanga

Ubuhanga 8

1 Ubuhanga bwisanzura ku isi hose,

buyoborana urugwiro ibiriho byose.

Ubuhanga bwabereye Salomo umugore usumba bose

2 Narabukunze ndabushakashaka kuva nkiri muto,

nabukundiye uburanga bwabwo,

nifuje ko bwambera umugore.

3 Ikuzo ryabwo rigaragaza inkomoko yabwo nziza,

koko bubana n’Imana Umutegetsi w’ibyaremwe byose.

4 Ubuhanga bumenya amabanga y’Imana,

ni bwo bwerekana ibikorwa byayo.

5 Niba ubukungu ari ikintu cyifuzwa mu buzima,

ni iki cyasumba Ubuhanga ari bwo nkomoko ya byose?

6 Niba ubwenge bushobora kugira icyo bukora,

Ubuhanga bwahanze ibiriho byose ntiburushijeho?

7 Harya ngo ubutabera burakundwa?

Nyamara ni bwo nkomoko y’imigenzo myiza yose,

bwigisha kumenya kwifata n’ubwitonzi,

bwigisha ubutabera n’ubutwari,

bwigisha n’ikindi cyose cyagirira abantu akamaro mu buzima.

8 Mbese mwifuza kumenya ibintu n’ibindi?

Ubuhanga bumenya ibyahise n’ibizaza mbere yuko biba,

buzi gusobanura amagambo akomeye n’imigani,

busobanura ibimenyetso n’ibitangaza,

bumenya uko amateka n’ibihe bikurikirana.

Ubuhanga ni ngombwa

9 Niyemeje kubana na bwo mu mibereho yanjye,

nari nzi neza ko buzambera umujyanama nyakuri,

nari nzi neza ko buzankomeza mu mubabaro no mu kaga.

10 Nibwiraga ko buzampesha ikuzo muri rubanda,

nibwiraga ko nzubahwa n’abasheshe akanguhe nubwo nari nkiri muto.

11 Ninca imanza zitabera bazambonamo ubushishozi,

abatware bazantangarira.

12 Ninceceka bazantegereza,

nimvuga bazantega amatwi,

nintinda mu magambo ntibazandambirwa,

bazifata ku munwa batangare!

13 Ubuhanga buzandinda gupfa buheriheri,

ab’igihe kizaza nzabasigira urwibutso ruhoraho.

14 Nzategeka ibihugu maze amahanga anyoboke,

15 abategetsi bakomeye nibumva izina ryanjye bazakangarana,

nzagirira neza abantu banjye kandi mbe intwari ku rugamba.

16 Nintabaruka nzaruhukira iruhande rw’Ubuhanga,

koko gushyikirana na bwo ntibigwa nabi,

kubana na bwo ntibitera ishavu,

ahubwo bitera umunezero n’ibyishimo.

Salomo asaba Ubuhanga

17 Nabitekereje mbikuye ku mutima,

nasanze kubona Ubuhanga birinda urupfu.

18 Kubukunda bitanga umunezero uhamye,

ibikorwa byabwo birimo ubukungu budashira.

Kubana na bwo bitanga ubushishozi,

abashyikirana na bwo baba ibirangirire.

Ni yo mpamvu nabushakashakiye hirya no hino,

nashatse ko bumbera umufasha.

19 Koko nari umwana umeze neza,

nari narahawe umutima mwiza,

20 byongeye kandi navukanye umubiri utanduye.

21 Nyamara nari nzi ko ntashobora kugira Ubuhanga ntabuhawe n’Imana,

kumenya uwo mbukesha na byo byari ubushishozi,

nambaje Nyagasani mbikuye ku mutima,

Categories
Ubuhanga

Ubuhanga 9

Isengesho risaba Ubuhanga

1 Naravuze nti:

“Mana ya ba sogokuruza, Nyagasani Nyir’imbabazi,

ni wowe waremye ibintu byose ukoresheje ijambo ryawe,

2 waremye umuntu ukoresheje Ubuhanga bwawe,

waramuremye kugira ngo ategeke ibindi biremwa.

3 Waramuremye kugira ngo ategeke isi mu butungane no mu butabera,

waramuremye kugira ngo ace imanza akurikije ukuri.

4 Ngusabye kugira uruhare ku Buhanga muri kumwe,

ndagusabye ntunce mu bana bawe.

5 Koko ndi umugaragu wawe n’umwana w’umuja wawe,

ndi umunyantegenke kandi mbaho igihe gito,

sinsobanukirwa neza ibyerekeye ubutabera n’amategeko.

6 Nubwo yaba intungane adafite Ubuhanga buguturukaho,

uwo muntu nta cyo yaba ari cyo.

7 Ni wowe wantoranyije ungira umwami w’abantu bawe,

wangize umucamanza w’abana bawe.

8 Wantegetse kubaka Ingoro ku musozi wakweguriwe,

wantegetse kubaka urutambiro mu mujyi utuyemo,

wantegetse gukurikiza igishushanyombonera cy’Ihema riziranengewateguye kuva kera kose.

9 “Nyagasani, Ubuhanga bubana nawe bukamenya n’ibyo ukora,

ubwo waremaga isi mwari kumwe,

buzi ikigushimisha n’igitunganiye Amategeko yawe.

10 Bwohereze buve mu ijuru riziranenge,

bwohereze buve ku ntebe y’ikuzo ryawe,

bwohereze buntere inkunga maze menye ikigushimisha.

11 Koko buzi byose kandi bugasobanukirwa byose,

buzanyoborana ubwitonzi mu bikorwa byanjye,

buzandindisha ikuzo ryabwo.

12 Nyagasani, ibikorwa byanjye bizakunezeza,

abantu bawe nzabayoborana ubutabera,

bityo nzaba nkwiriye gusimbura data ku ngoma.

13 “Mana, ni nde washobora kumenya imigambi yawe?

Ni nde washobora gusobanukirwa icyo Nyagasani ashaka?

14 Ibitekerezo by’abantu nta cyo bimaze,

bihora bihindagurika si ibyo kwiringirwa.

15 Kamere muntu ibera umuzigo umutimanama,

umubiri upfa ubera umuzigo ibitekerezo byacu.

16 Ntibitworohera gusobanukirwa ibiri ku isi,

ibituri bugufi na byo tubimenya bituruhije.

None se ni nde wamenya ibiri mu ijuru?

17 Niba hari uwasobanukiwe umugambi wawe,

yawusobanukiwe kuko wamuhaye Ubuhanga,

ni uko wamuhaye Mwuka wawe muziranenge.

18 Nguko uko abatuye isi bagaruwe mu nzira iboneye,

uko ni ko abantu bamenye ibigushimisha bityo Ubuhanga burabakiza.”

Categories
Ubuhanga

Ubuhanga 10

Inshingano z’Ubuhanga kuva kuri Adamu kugeza kuri Musa

1 Ubuhanga ni bwo bwakomeje umuntu waremwe mbere,

se w’abantu wari waremwe wenyine,

ubwo yacumuraga bwamugobotoye mu cyaha,

2 bwamuhaye ubushobozi bwo kugenga ibyaremwe byose.

Kayini yitandukanyije n’ubuhanga

3 Nyamara habayeho umuntu w’umugomewitandukanyije n’Ubuhanga,

yikururiye kurimbuka kuko yishe umuvandimwe we abitewe n’uburakari.

Ubuhanga bwarinze Nowa

4 Igicumuro cy’uwo mugome cyatumye isi irengerwa n’umwuzure,

nyamara Ubuhanga ni bwo bwongeye kuyikiza,

bwayoboye intunganemu mwuzure bukoresheje ubwato bw’igiti.

5 Igihe amahanga yose yoramye mu bukozi bw’ibibi,

ubwo yahanishwaga kutavuga rumwe,

Ubuhanga ni bwo bwarobanuye umuntu w’intungane,

bwabonye ko ari indakemwa imbere y’Imana,

bwamuhaye ubushobozi bwo kubaha Imana,

bwarabumuhaye nubwo yakundaga umwana we cyane.

Ubuhanga bwarokoye Loti

6 Ni bwo bwakijije intungane igihe abagome barimburwaga,

igihe bahungaga umuriro wamanukiraga ku mijyi itanu.

7 Ingaruka z’ubwo bugome ziragaragara na n’ubu,

aho hantu hahindutse agasi kandi umwotsi ukomeza gucumbeka,

imbuto z’ibiti byaho ntizigera zihīsha,

hari igishyinga cy’umunyu cyabaye urwibutso rw’umuntu wanze kumvira Imana.

8 Abo bantu basuzuguye Ubuhanga,

ntibashoboye kumenya icyiza,

basigiye ababakomokaho urwibutso rw’ubupfapfa bwabo,

ntibashoboye no guhīshira amafuti yabo.

9 Nyamara Ubuhanga bwagobotoye abayoboke babwo mu magorwa.

Ubuhanga bwarinze Yakobo

10 Umuntu w’intungane wahungaga uburakari bw’umuvandimwe we,

Ubuhanga bwamuyoboye inzira zitunganye.

Bwamweretse ubwami bw’Imana,

bwamumenyesheje ibintu bizira inenge.

Bwatumye ahirwa mu bikorwa bye biruhije,

bityo imirimo ye buyiha kurumbuka.

11 Bwamukijije umururumba w’abamukandamizaga,

bwamuhaye kuba umukungu.

12 Bwamukijije abanzi be,

bwamurinze abamuciraga ibico.

Bwamurwaniriye intambara ikomeye,

bwamumenyesheje ko kubaha Imana biruta byose.

Ubuhanga bwarokoye Yozefu

13 Ntibwatereranye intungane yagurishijwe,

bwayigobotoye mu cyaha.

14 Bwamanukanye na yo mu rwobo,

ntibwayitereranye igihe yari muri gereza,

bwayihaye inkoni ya cyami n’ubutegetsi ku bayikandamizaga.

Bwayifashije gutsinda ibinyoma by’abayibeshyeraga,

bwayihaye ikuzo rihoraho iteka.

Ubuhanga bwavanye Abisiraheli mu Misiri

15 Ubuhanga bwakijije abantu b’Imana batagira amakemwa,

bwabagobotoye mu nzara z’ababakandamizaga.

16 Bwinjiye mu mutima w’umugaragu wa Nyagasani,

bwatumye ahangana n’abami b’abanyamaboko,

yahanganye na bo akora ibitangaza n’ibimenyetso.

17 Bwahaye intungane igihembo cy’imiruho yazo,

bwabayoboye mu nzira y’agatangaza,

bwababereye ubwugamo ku manywa,

bwababereye urumuri mu ijoro.

18 Bwabambukije Inyanja itukura,

bwabanyujije mu mazi magari.

19 Nyamara bworetse abanzi babo,

bwabazitse mu muvumba w’ikuzimu,

20 intungane zicūza abo bagome ibyabo.

Nuko Nyagasani, basingiza izina ryawe riziranenge,

bose hamwe bahimbaza ububasha bwawe bwabakijije.

21 Koko Ubuhanga bubumbura umunwa w’ibiragi,

bwumvikanisha imvugo y’ibitambambuga.