Categories
Tobiti

Tobiti 11

Ukugaruka kwa Tobiya

1 Nuko bageze hafi y’i Kaserini ahateganye na Ninive, Rafayeli abwira Tobiya ati:

2 “Uzi ukuntu so twamusize,

3 none reka twihute tujye gutegura inzu, umugore wawe n’abo bari kumwe baraza badukurikiye.”

4 Bombi baragenda, kandi Rafayeli yari yabwiye Tobiya ati: “Ka gasabo k’ifi ugatware mu ntoki.” Ya mbwa na yo irabakurikira.

5 Ana yari yicaye ahirengeye areba aho umuhungu we yaturuka.

6 Amurabutswe abwira se ati: “Dore umuhungu wawe araje, kandi azanye na wa muntu wamuherekeje!”

7 Mbere y’uko Tobiya yegera se, Rafayeli aramubwira ati: “Nzi neza ko amaso ya so Tobiti ari buhumuke!

8 Uyakozeho ka gasabo k’ifi, bityo uwo muti urakorakoranya bya bihu byera ubyomore ku mboni z’amaso ye, maze ahumuke yongere arebe.”

9 Ana aza yiruka ahobera umuhungu we aramubwira ati: “Mwana wanjye, nongeye kukubona! Ubu noneho ninshaka mpfe.” Maze ararira.

Tobiti akira ubuhumyi

10 Tobiti na we asohoka adandabirana aza ku irembo.

11 Tobiya amusanganira afite mu ntoki ka gasabo k’ifi, maze aramuhobera amuhuha mu maso aramubwira ati: “Data, ihangane!” Amusīga wa muti ku maso maze arareka urakora.

12 Hanyuma arayabyiringira n’ibiganza bye byombi, maze imvuvu zomoka ku mboni z’amaso ye.

13 Tobiti ahita amuhobera, ararira aramubwira ati: “Mwana wanjye, nongeye kukubona wowe munezero wanjye!”

14 Hanyuma Tobiti aravuga ati:

“Nihasingizwe Imana!

Nihasingizwe izina ryayo risumba ayandi!

Niharatwe abamarayika bayo bose baziranenge!

Izina ryayo risumba ayandi riragahorana natwe,

abamarayika bayo bose nibaratwe uko ibihe bihaye ibindi.

Koko Nyagasani yari yarampannye,

none dore mbonye umwana wanjye Tobiya!”

15 Tobiya yinjira mu nzu anezerewe kandi asingiza Imana mu ijwi riranguruye. Hanyuma atekerereza se Tobiti ukuntu urugendo rwe rwamubereye ruhire akaba azanye ifeza, amubwira n’uko yarongoye Sara umukobwa wa Raguweli. Hanyuma yungamo ati: “Ndetse nguriya araje, ageze ku irembo rya Ninive.”

Ukuza kwa Sara

16 Nuko Tobiti ajya gusanganira umukazana we ku irembo rya Ninve, yishimye kandi asingiza Imana. Abantu b’i Ninive babonye Tobiti yigenza, ntawe umurandase kandi ameze neza baratangara. Tobiti abemeza ko ari Imana yamugiriye impuhwe ikamuhumura.

17 Nuko ageze iruhande rw’umukazana we Sara, amuha umugisha agira ati: “Urakaza neza mwana wanjye! Nihasingizwe Imana ikuzanye iwacu. So arakagira umugisha n’umuhungu wanjye Tobiya awugire, nawe kandi uwuhorane mwana wanjye! Injira mwana wanjye, injirana ibyishimo n’umunezero mu nzu yawe. ”

18 Uwo munsi Abayahudi bose bari batuye i Ninive baranezerwa.

19 Ahikari na Nabadi abahungu babo ba Tobiti, na bo baza iwe bishimye.

Categories
Tobiti

Tobiti 12

Rafayeli abīmenyesha

1 Ibirori by’ubukwe birangiye, Tobiti ahamagara umuhungu we Tobiya aramubwira ati: “Mwana wanjye, reba uko uhemba uriya mugabo waguherekeje, kandi ugire n’icyo umurengerezaho.”

2 Tobiya aramusubiza ati: “Ese rwose data, ubu namuhemba ibingana iki? N’iyo namuha icya kabiri cy’ibyo twazanye nta cyo byaba bintubijeho.

3 Dore yangaruye amahoro kandi yankirije umugore, yamfashije kuzana za feza kandi araguhumura. None se ibyo byose nabimuhembera ibingana iki?”

4 Tobiti aramubwira ati: “Mwana wanjye, icya kabiri cy’ibyo mwazanye byose aragikwiye koko!”

5 Tobiya ahamagara Rafayeli aramubwira ati: “Akira icya kabiri cy’ibyo twazanye byose bibe igihembo cyawe, maze ugende amahoro.”

6 Nuko Rafayeli abajyana bombi ahiherereye arababwira ati: “Nimusingize Imana kandi muyamamaze mu bantu bose, kubera ibyiza byose yabakoreye. Nimusingize izina ryayo kandi muriririmbe. Mujye mumenyesha abantu bose ibikorwa byayo nk’uko bikwiye, kandi ntimugahweme kuyamamaza.

7 Ni byiza kutamena ibanga ry’umwami, nyamara ni ngombwa kwamamaza ibikorwa by’Imana no kubitangaza nk’uko bikwiye.

“Nimwihatira gukora ibyiza, nta kibi kizabahangara.

8 Ni byiza gusenga by’ukuri no gufasha abakene, aho kuba umukire uriganya. Ni byiza gufasha abakene, aho kurundanya izahabu.

9 Imfashanyo igobotora umuntu mu rupfu kandi ikamukiza icyaha cyose. Abafasha abakene bazagira ubuzima burambye,

10 naho abakora icyaha kandi bakarenganya abandi, baba biyānga.

11 “Ubu ngubu ngiye kubabwira ukuri kose nta cyo mbahishe. Nababwiye ko ari byiza kutamena ibanga ry’umwami, kandi ko ibikorwa by’Imana bikwiye kwamamazwa hose.

12 Rafayeli abwira Tobiti ati: ‘Igihe wowe na Sara mwasengaga, ni jye washyikirije Nyagasani ibyo mwasabaga. Ndetse n’igihe wahambaga abapfu ni ko nabigenzaga.

13 N’igihe utashidikanyije kugenda utariye ukajya guhamba wa mupfu, ni bwo Imana yanyohereje kugira ngo nkugerageze,

14 kandi yaranyohereje ngo mbakize wowe na Sara umukazana wawe.’

15 Ni jye Rafayeli, umwe muri ba bamarayika barindwibahora imbere ya Nyagasani, bakamwegera aho ari mu ikuzo rye.”

16 Nuko Tobiti na Tobiya barakangarana, bikubita hasi bubamye maze bashya ubwoba.

17 Ariko Rafayeli arababwira ati: “Mwigira ubwoba! Nimugire amahoro kandi musingize Imana ubuziraherezo.

18 Kuba ndi kumwe namwe si ku bushake bwanjye, ahubwo ni Imana ubwayo yabyishakiye. Ni Yo mugomba gusingiza no kuririmba iteka.

19 Muratekereza ko mwambonye ndya nyamara si ko biri, ahubwo mwari mumeze nk’abari mu nzozi.

20 Igihe mukiri ku isi mugomba gusingiza Nyagasani Imana, mukamushima. Ubu nsubiye ku Uwanyohereje, namwe muzandike ibyababayeho byose.” Nuko arazamuka,

21 bunamutse ntibongera kumubona.

22 Hanyuma batangira gusingiza Imana barayiririmba, bayishima kubera ibikorwa bikomeye yabakoreye: umumarayika w’Imana yari yababonekeye.

Categories
Tobiti

Tobiti 13

Indirimbo ya Tobiti

1 Nuko Tobiti aravuga ati:

2 “Nihasingizwe Imana ihoraho iteka!

Ingoma yayo nisingizwe!

Ni yo ihana kandi ikababarira,

ni yo yica kandi igakiza,

nta muntu wayīgobotora.

3 Mwa Bisiraheli mwe, nimuyamamaze mu mahanga,

nimuyamamarize mu mahanga aho yabatatanyirije.

4 Aho ni ho yaberekeye ubuhangange bwayo,

nimuyisingirize imbere y’ibyaremwe byose.

Koko ni Nyagasani Imana yacu,

ni Data ubuziraherezo.

5 Nubwo yabahaniye ibibi mwakoze izabababarira mwese,

izabakoranya ibakure mu mahanga yose mwatataniyemo.

6 Nimuyigarukira mubikuye ku mutima,

nimwiyemeza kuyibera intungane,

izabagarukira ibiteho.

7 Nimuzirikane ibyiza yabakoreye muyisingize,

nimurangurure muhimbaze Nyagasani wuje ubutabera,

nimukuze Umwami w’ibihe byose.

8 “Ndamuhimbariza mu gihugu najyanywe ho umunyago,

ndarata imbaraga ze n’ubuhangange bwe mu gihugu cy’abanyabyaha.

Mwa banyabyaha mwe, nimumugarukire mukurikize ubutabera,

bityo azabagarukira abababarire.

9 Ndahimbaza Imana yanjye,

ndishimira Umwami nyir’ijuru.

10 Abantu bose nibamamaze ubuhangange bwe,

nibamusingirize muri Yeruzalemu.

Yeruzalemu we, wowe murwa uzira inenge,

Imana yaraguhannye kubera ibyaha by’abantu bawe,

nyamara izagirira imbabazi abakora ibitunganye.

11 Himbaza Nyagasani uko bikwiye,

usingize Umwami w’ibihe byose,

bityo Ingoro ye izongera yubakwe iwawe mu byishimo.

12 Nyagasani azahumuriza abawe bose bajyanywe ho iminyago,

azita ku bantu bawe bari mu kaga,

azita no ku bisekuruza bizakurikiraho.

13 “Yeruzalemu we, umucyo wawe uzamurikira isi yose,

amahanga menshi azakugana aturutse iyo gihera,

abantu bawe bazaza guhimbaza Nyagasani Imana yawe,

bazazanira amaturo Umwami nyir’ijuru.

Ibisekuruza byose bizaririmba indirimbo z’ibyishimo,

izina ryawe rizahoraho nk’umurwa Imana yatoranyije.

14 “Nihavumwe abagutera ubwoba bose,

nihavumwe abarimbura inkuta zawe bakagusenya,

nihavumwe abasenya iminara yawe bakagutwikira amazu,

nyamara abakubaha bose nibahorane umugisha.

15 Ishime unezerwe Yeruzalemu ku bw’intungane zawe,

bazakorana baturutse aho bajyanywe ho iminyago,

bazahimbaza Nyagasani w’ibihe byose.

Hahirwa abagukunda bakishimira amahoro yawe.

16 Hahirwa abantu bose bababazwa n’ibyago byawe,

muzanezeranwa mwishimane iteka ryose,

bazasenderezwa ibyishimo byo kubona ikuzo ryawe.

Koko nsingiza Nyagasani Umwami ukomeye,

17 Yeruzalemu izongera kubakwa,

izaba Ingoro ye iteka ryose.

Mbega ukuntu nzanezerwa!

Nzanezerwa abana banjye nibabona ikuzo rya Yeruzalemu,

nzanezerwa nibasingiza Umwami nyir’ijuru!

Amarembo ya Yeruzalemu azubakwa,

azubakishwa safiro na emerodi,

inkuta zayo zose zizatakwaho amabuye y’agaciro.

Iminara yayo izubakishwa izahabu,

ibigo ntamenwa byayo bizubakishwa izahabu inoze,

imihanda izasaswamo amasaro n’amabuye ya Ofiri.

18 Amarembo ya Yeruzalemu azasābwa n’indirimbo z’ibyishimo,

mu mazu yaho yose bazaririmba bati:

‘Nihasingizwe Imana ya Isiraheli!’

Yeruzalemu we, abantu bawe bazasingiza Imana,

bazasingiza izina ryayo riziranenge iteka ryose.”

Categories
Tobiti

Tobiti 14

1 Nguko uko Tobiti yashoje indirimbo ye yo gushimira.

Inama Tobiti yatanze mu minsi ye ya nyuma

2 Tobiti yabaye impumyi amaze imyaka mirongo itandatu n’ibiri, nyamara amaze guhumuka yabayeho mu mudendezo, yongera gufasha abakene kandi akomeza gusingiza Imana no kwamamaza ubuhangange bwayo. Tobiti yashaje neza apfa afite imyaka ijana na cumi n’ibiri, ashyingurwa mu cyubahiro i Ninive.

3 Tobiti ari bugufi bwo gupfa, ahamagara umuhungu we Tobiya aramubwira ati: “Mwana wanjye, jyana abana bawe

4 wihute ujye mu Bumedi, kuko ibyo Imana yabwiye umuhanuzi Nahumu byerekeye Ninive bigiye gusohozwa.Koko rero ibyo abahanuzi ba Isiraheli boherejwe n’Imana bavuze kuri Ashūru na Ninive byose bizasohozwa. Igihe nikigera byose bizasohozwa, nta na kimwe kizasigara mu byavuzwe. Mu Bumedi hazaba hari umutekano kurusha muri Ashūru cyangwa muri Babiloniya. Ndizera ko ibyo Imana yavuze bizasohozwa, nta na kimwe muri byo kizasigara.

“Bene wacu bose baba mu gihugu cya Isiraheli bazabarurwa, bajyanwe kure y’icyo gihugu cyiza. Igihugu cyose cya Isiraheli kizahinduka amatongo, imijyi ya Samariya na Yeruzalemu izahinduka umusaka, Ingoro y’Imana na yo izatwikwa ibe amatongo mu gihe gito.

5 Hanyuma Imana izongera igirire imbabazi abantu bayo, ibagarure mu gihugu cya Isiraheli. Bazubaka bundi bushya Ingoro yayo nubwo itazaba nziza nk’iya mbere, kugeza ubwo igihe cyagenwe kizagera. Nyamara ibyo nibirangira, Abisiraheli bose bazatahuka bave aho bari barajyanywe ho iminyago, maze bongere bubake umurwa wa Yeruzalemu nk’uko wahoze. Ingoro y’Imana izongera iwubakwemo nk’uko abahanuzi ba Isiraheli bari barabihanuye.

6 “Abantu bose bo ku isi bazagarukira Imana bayiramye mu kuri. Bose bazareka ibigirwamana byabo byabayobyaga, maze basingize Imana ihoraho mu butungane.

7 Icyo gihe Abisiraheli bose bazarokoka bazibuka Imana babikuye ku mutima. Bazaza bakoranire i Yeruzalemu, hanyuma bazahabwa igihugu cya Aburahamu bakibemo mu mutekano iteka ryose. Abakunda Imana n’umutima wabo wose bazanezerwa, nyamara abanyabyaha n’inkozi z’ibibi bazarimburwa.

8 “None rero bana banjye, nimwumve ibyo mbabwira: mujye musenga Imana nta buryarya kandi mukore ibiyishimisha. Mutoze abana banyu gukora ibiboneye, mubigishe gufasha abakene kandi bajye bibuka Imana babikuye ku mutima.”

9 Tobiti aravuga ati: “Tobiya mwana wanjye, uzave i Ninive ntuzahature. Numara gushyingura nyoko iruhande rwanjye ntuzarare muri uyu mujyi. Ni umujyi wuzuye ibibi, abantu bakora iby’ubupfapfa kandi ntibagira isoni.

10 Mwana wanjye, ibuka ibyo Nadabu yakoreye nyirarume Ahikari wamureze. Yagerageje kamuhamba abona, nyamara Imana yahannye uwo mugome Nadabu imuhora ubwo bubi bwe Ahikari abyirebera. Ahikari uwo yagarutse mu mucyo, naho Nadabu ajugunywa mu mwijima w’iteka, kubera ko yashatse kwica Ahikari. Ahikari ntiyaguye mu mutego yatezwe na Nadabu, ahubwo Nadabu ni we wawuguyemo arapfa.

11 Nuko rero bana banjye, nimurebe akamaro ko gufasha abakene, n’uburyo urupfu rutegereje inkozi z’ibibi.”

Hanyuma Tobiti arababwira ati: “Ndumva umwuka ucyendera.” Nuko baramuryamisha arapfa, maze ashyingurwa mu cyubahiro.

Tobiya na we yisazira neza

12 Nyuma y’ibyo nyina wa Tobiya na we arapfa, Tobiya amushyingura hamwe na se. Hanyuma Tobiya n’umugore we n’abana babo bimukira mu Bumedi, batura Ekibatana hamwe na sebukwe Raguweli.

13 Tobiya yita kuri Edina na Raguweli mu busaza bwabo, abaha icyubahiro cyinshi. Bamaze gupfa abashyingura Ekibatana mu Bumedi. Nuko Tobiya azungura umutungo wa sebukwe Raguweli, n’uwa se Tobiti.

14 Tobiya yapfuye amaze imyaka ijana na cumi n’irindwi, ashyingurwa Ekibatana.

15 Mbere yo gupfa Tobiya yahamije ibyo kurimburwa kwa Ninive, ndetse yibonera umwami Ashiyashari wo mu Bumedi ajyana Abanyaninive ho iminyago. Nuko Tobiya asingiza Imana kubera ko yahannye Abanyaninive n’Abanyashūru. Mbere yo gupfa yishimiye cyane ibyabaye kuri Ninive, maze asingiza Nyagasani Imana ihoraho.