Categories
Ruti

Ruti 1

Umuryango wa Elimeleki usuhukira i Mowabu

1 Igihe Abisiraheli bategekwaga n’abacamanza, mu gihugu cyabo hateye inzara. Nuko umugabo w’i Betelehemu mu ntara y’u Buyuda, asuhukira mu gihugu cy’i Mowabu, ajyana n’umugore we n’abahungu be babiri.

2 Uwo mugabo yitwaga Elimeleki, umugore we akitwa Nawomi, naho abahungu be, umwe yitwaga Mahiloni, undi akitwa Kiliyoni. Bari Abanyefuratab’i Betelehemu. Nuko bagera i Mowabu baturayo. Bakiriyo

3 Elimeleki arapfa, Nawomi asigarana n’abahungu be babiri.

4 Abo bahungu barongora abakobwa b’Abamowabukazi. Umwe yitwaga Orupa, undi akitwa Ruti. Hashize nk’imyaka icumi basuhukiye i Mowabu,

5 Mahiloni na Kiliyoni na bo barapfa. Nawomi asigara ari umupfakazi n’incike.

Ruti ajyana na nyirabukwe Nawomi i Betelehemu

6 Nawomi akiri i Mowabu amenya ko Uhoraho yitaye ku bantu be, akabaha umusaruro mwiza. Nuko yitegura gusubira mu gihugu cye hamwe n’abakazana be.

7 Ahagurukana na bo bombi, asubira mu gihugu cye mu ntara y’u Buyuda. Bakigenda,

8 Nawomi abwira abakazana be ati: “Bana banjye, nimwisubirireyo buri wese ajye iwabo. Ineza mwagiriye ba nyakwigendera hamwe nanjye, namwe Uhoraho ayibagirire.

9 Mwembi Uhoraho abahe kuzabona abandi bagabo, mubagirireho umugisha.”

Nawomi arabahobera, abasezeraho. Nuko abakazana be bararira cyane.

10 Baramubwira bati: “Ashwi da! Ntitugusiga ahubwo turajyana iwanyu.”

11 Nawomi yongera kubabwira ati: “Bana banjye, nimwisubirireyo. Ni iki gituma mushaka ko tujyana? Dore naracuze, singishoboye kubabyarira abandi bagabo.

12 Nimundeke mwisubirire iwanyu. Dore ndakecuye cyane, sinkiri uwo gushaka undi mugabo. Kandi nubwo navuga nti: ‘Ndacyafite icyizere iri joro ndi bubone umugabo tuzabyarane abahungu’,

13 mbese mwategereza igihe bazakurira ntimushake abandi bagabo? Oya, bana banjye! Ntibikabeho! Erega mfite ishavu riruta iryanyu, kuko Uhoraho yahagurukiye kundwanya.”

14 Abakazana be bombi bongera kurira cyane, maze Orupa ahobera nyirabukwe amusezeraho, ariko Ruti we yanga kumusiga.

15 Nawomi abwira Ruti ati: “Dore mukeba wawe asubiye muri bene wabo no ku mana zabo. Nawe mukurikire usubire iwanyu.”

16 Ariko Ruti aramusubiza ati: “Wimpatira kugusiga kugira ngo nsubire iwacu. Aho uzajya ni ho nzajya, aho uzaba ni ho nzaba. Abantu bawe bazaba abantu banjye, Imana yawe izaba Imana yanjye.

17 Aho uzagwa ni ho nzagwa bahampambe. Nihagira ikindi kidutandukanya kitari urupfu, Uhoraho azabimpanire yihanukiriye.”

18 Nawomi abonye ko Ruti yiyemeje kujyana na we, areka kumuhatira gusubira iwabo.

19 Bombi barajyana bagerana i Betelehemu. Bagezeyo batera abo mu mujyi bose amatsiko. Abagore barabazanya bati: “Niko ye, koko se uyu ni Nawomi?”

20 Nawomi arababwira ati: “Ntimukongere kunyita Nawomi – risobanurwa ngo Nyiramahirwe – ahubwo mujye munyita Mara – risobanurwa ngo Nyirashavu – kuko Imana nyir’ububasha yanteye ishavu ryinshi.

21 Navuye ino ntunganiwe, none Uhoraho ahangaruye ndi nyakamwe. None se ni iki gituma munyita Nawomi kandi Uhoraho nyir’ububasha yarahagurukiye kundwanya, akanteza ibyago?”

22 Nguko uko Nawomi yavuye mu gihugu cy’i Mowabu akagaruka iwabo, ari kumwe n’umukazana we Umumowabukazi Ruti. Bageze i Betelehemu abantu batangiye gusarura ingano zitwa bushoki.

Categories
Ruti

Ruti 2

Ruti ahumba ingano mu murima wa Bowazi

1 Elimeleki umugabo wa Nawomi yari afite mwene wabo witwaga Bowazi. Yari umukungu kandi abantu baramwemeraga.

2 Nuko Umumowabukazi Ruti abwira Nawomi ati: “Reka njye kwihumbira amahundo y’ingano mu murima w’umugiraneza uri bubinyemerere.”

Nawomi aramusubiza ati: “Mwana wanjye, ngaho genda.”

3 Nuko Ruti ajya guhumba ingano aho abakozi bamaze gusarura. Iby’amahirwe, isambu yahumbagamo yari iya Bowazi mwene wabo wa Elimeleki.

4 Hashize umwanya, Bowazi aza aturutse i Betelehemu asuhuza abasaruraga ati: “Nimuhorane Imana.” Na bo baramusubiza bati: “Nawe niguhe umugisha.”

5 Bowazi abaza uwari uyoboye abasaruzi ati: “Uriya mugore ni uwa nde?”

6 Na we aramusubiza ati: “Ni wa Mumowabukazi wazanye na Nawomi avuye i Mowabu.

7 Yansabye uruhushya rwo kwihumbira amahundo yagiye asigara hagati y’imiba. Yahereye mu gitondo ahumba, ubu ni bwo acyugama izuba.”

8 Bowazi amaze gusuhuza Ruti, aramubwira ati: “Umva ntukagire indi sambu ujya guhumbamo atari iyanjye, ujye uguma aho abaja banjye basarura.

9 Ujye witegereza neza umurima abakozi basaruramo, maze uhumbe aho abaja bamaze gukora. Nihanangirije abakozi banjye ngo be kugukubaganya. Kandi nugira inyota uzajye ujya aho ibibindi bavomeyemo amazi biri, maze unywe.”

10 Nuko Ruti yikubita imbere ya Bowazi, aramubwira ati: “Ni iki gitumye unyitaho ukangirira neza, kandi ndi umunyamahangakazi?”

11 Bowazi aramusubiza ati: “Bantekerereje ibyo wagiriye nyokobukwe byose kuva umugabo wawe yapfa. Namenye ko wasize so na nyoko uva mu gihugu cyanyu kavukire, maze wiyemeza kubana n’abantu utigeze umenya.

12 Uhoraho akwiture ibyo wakoze byose. Koko rero Uhoraho wisunze, ari we Mana y’Abisiraheli, aguhundagazeho imigisha yose.”

13 Ruti asubiza Bowazi ati: “Mubyeyi, ungiriyeneza kuko umaze umubabaro, kandi ukambwiza ineza nubwo ndahwanye n’umwe wo mu baja bawe.”

14 Igihe cyo gufungura kigeze, Bowazi abwira Ruti ati: “Ngwino nawe ufungure. Fata igisate cy’umugati ukoze mu isupu.”

Ruti yicara iruhande rw’abasaruzi, maze Bowazi amuha ku mpeke zikaranze, ararya arahaga ndetse arasigaza.

15 Hanyuma Ruti arahaguruka asubira guhumba. Bowazi abwira abakozi be ati: “Mumureke ahumbe no hagati y’imiba y’ingano, ntihagire umukoma imbere.

16 Ahubwo amahundo amwe mujye muyasohorora mu miba muyasige inyuma, ayihumbire. Muramenye ntihagire umutonganya.”

17 Nuko Ruti ahumba mu kwa Bowazi ageza nimugoroba. Ahuye ingano yahumbye zivamo nk’ibiro icumi.

18 Arazikorera azitahana mu mujyi, nyirabukwe arazibona, maze Ruti amuha na bya byokurya byari byasigaye.

19 Nawomi abaza Ruti ati: “Uyu munsi wahumbye mu kwa nde? Wakoze hehe? Imana ihe umugisha uwo muntu wakugiriye neza.”

Ruti abwira nyirabukwe ati: “Uyu munsi nahumbye mu murima w’umugabo witwa Bowazi.”

20 Nawomi abwira umukazana we ati: “Uwo mugabo aragahirwa n’Uhoraho udahwemakugirira neza ba nyakwigendera, ndetse natwe abakiriho.”

Nawomi yungamo ati: “Erega uwo mugabo Bowazi dufitanye isano ya bugufi! Ni umwe mu bagomba kutwitaho.”

21 Umumowabukazi Ruti abwira nyirabukwe ati: “Ndetse yambwiye kugumana n’abakozi be kugira ngo njye nihumbira aho bamaze gusarura, kugeza ubwo isarura rizaba rirangiye.”

22 Nawomi abwira Ruti umukazana we ati: “Mwana wanjye, ni byiza kujyana n’abaja ba Bowazi ugahumba aho basarura, kuko uramutse ugiye mu murima w’undi yakugirira nabi.”

23 Ruti agumana n’abaja ba Bowazi akajya ahumba aho bakoraga, kugeza ubwo barangije gusarura ingano zitwa bushoki n’izitwa nkungu. Ruti akomeza kubana na nyirabukwe.

Categories
Ruti

Ruti 3

Ruti arara ku mbuga ya Bowazi

1 Muri iyo minsi Nawomi abwira umukazana we Ruti ati: “Mwana wanjye, nkwiriye kugushakira umugabo kugira ngo umererwe neza.

2 Wa mugabo witwa Bowazi wakwemereraga gukorana n’abaja be, ni mwene wacu. Nimugoroba ari bujye ku mbuga kugosoza ingano za bushoki.

3 None iyuhagire witere amarashi, wifubike n’umwenda maze umanuke ujye ku mbuga. Uramenye ntumwiyereke ataramara kurya no kunywa.

4 Najya kuryama uze kwitegereza aho aryamye, maze uze kugenda worosore ku birenge byeabe ari ho wiryamira, na we ari bukubwire icyo ugomba gukora.”

5 Ruti asubiza nyirabukwe ati: “Ibyo umbwiye byose ndabikora.”

6 Ruti ajya ku mbuga, akora uko nyirabukwe yamubwiye.

7 Bowazi amaze kurya no kunywa yumva yishimye, maze ajya kuryama iruhande rw’ikirundo cy’ingano ze. Ruti aromboka, amworosora ku birenge maze ariryamira.

8 Mu gicuku Bowazi ashigukira hejuru. Ngo yeguke, abona umugore uryamye hafi y’ibirenge bye.

9 Bowazi aramubaza ati: “Yewe! Uri nde?”

Ruti aramusubiza ati: “Ndi umuja wawe Ruti. Ndakwinginze nyorosa igishura cyawe unyijyanire, kuko ari wowe ugomba kuncyura ugacikura nyakwigendera.”

10 Bowazi aramusubiza ati: “Ruti, Uhoraho aguhe umugisha, wabaye indahemuka kuri nyokobukwe, none urushijeho kubigaragariza umuryango we. Ntiwigeze wiruka inyuma y’abasore, baba abakire cyangwa abakene.

11 None rero ntuhangayike, icyo uzashaka cyose nzakigukorera. Erega n’abantu bose bo mu mujyi wacu bazi ko uri inyangamugayo!

12 Ni iby’ukuri koko mfite uburenganzira bwo kugucyura ngacikura nyakwigendera. Icyakora hari undi mugabo ufitanye na we isano ya bugufi, unsumbije ubwo burenganzira.

13 None rara hano, maze ejo mu gitondo tuzareba ko yemera kugucyura agacikura nyakwigendera. Nabyemera azaba agize neza. Natabyemera kandi, ndahiye Uhoraho, nzagucyura mucikure. Iryamire hano utegereze ko bucya.”

14 Nuko Ruti aryama hafi y’ibirenge bya Bowazi. Mu kabwibwi, igihe umuntu atabasha kumenya undi arabyuka, kuko Bowazi yibwiraga ati: “Bye kumenyekana ko uyu mugore yaraye hano.”

15 Bowazi abwira Ruti ati: “Ikuremo umwambaro wifubitse maze uwurambure.”

Ruti awikuramo arawurambura, nuko Bowazi amushyiriramo ibiro bigera kuri makumyabiri by’ingano za bushoki, arazimukorera maze yisubirira mu mujyi.

16 Ruti na we ajya kwa nyirabukwe. Nyirabukwe aramubaza ati: “Mbese ni wowe, mwana wanjye?”

Ruti amutekerereza ibyo Bowazi yamugiriye byose.

17 Kandi yungamo ati: “Ni na we wampaye izi ngano za bushoki, yanga ko ntaha amara masa.”

18 Nawomi aramubwira ati: “Mwana wanjye, igumire hano kugeza ubwo uri bumenye amaherezo y’icyo kibazo. Bowazi na we, uyu munsi ntari buruhuke atagitunganyije.”

Categories
Ruti

Ruti 4

Bowazi ashingwa ibya Elimeleki

1 Bowazi ajya mu mujyi aho bakemuriraga ibibazo, arahicara. Wa mugabo Bowazi yabwiraga Ruti ko afitanye isano ya bugufi na Elimeleki, arahanyura. Bowazi aramuhamagara ati: “Yewe, ngwino hano wicare nkubwire.”

Nuko uwo mugabo araza, aricara.

2 Bowazi ahamagara abagabo icumi bo mu bakuru b’umujyi, arababwira ati: “Nimwicare.” Bamaze kwicara

3 Bowazi abwira wa mugabo ati: “Uzi ko Nawomi yavuye mu gihugu cy’i Mowabu, none arashaka umuvandimwe ufitanye isano ya bugufi na Elimeleki umuvandimwe wacu, kugira ngo amushinge isambu ye.

4 Nkaba nagira ngo mbikumenyeshe, ndetse ngusabe no kwemerera imbere ya rubanda n’imbere y’aba bakuru bicaye hano, ko ushingwa iyo sambu. Niba ubyemera ubivugire aha, niba kandi utabyemera ubimbwire. Ubwa mbere ni wowe ugomba gushingwa iyo sambu, wabyanga nkabona kuyishingwa.”

Uwo mugabo abwira Bowazi ati: “Ndabyemeye.”

5 Bowazi abwira uwo mugabo ati: “Ubwo wemeye gushingwa isambu ya Nawomi n’Umumowabukazi Ruti, ugomba no kwishingira gucyura umupfakazi muka nyakwigendera, kugira ngo umucikure haboneke umwana uzaragwa ibye.”

6 Uwo mugabo asubiza Bowazi ati: “Niba ari ibyo sinkibyemeye, kuko ntinya ko byabangamira umutungo wanjye. Uburenganzira bwanjye ndabukwihereye, jyewe sinabishobora.”

7 Kera mu gihugu cya Isiraheli, iyo umuntu yeguriraga undi uburenganzira bwe, cyangwa akamwegurira umutungo we, yikuragamo urukweto rwe akarumuha. Icyo ni cyo cyari ikimenyetso cyemewe n’amategeko.

8 Nuko wa mugabo abwira Bowazi ati: “Ibyo ube ari wowe ubishingwa.” Maze akuramo urukweto rwe ararumuha.

9 Nuko Bowazi abwira ba bakuru na rubanda bari aho ati: “Uyu munsi mbatanze ho abagabo ko nemeye ko Nawomi anshinga ibya Elimeleki n’abahungu be, ari bo Kiliyoni na Mahiloni.

10 Byongeye kandi, n’Umumowabukazi Ruti muka nyakwigendera Mahiloni, uyu munsi ndamucyuye kugira ngo ncikure uwo nyakwigendera, bityo haboneke umwana uzaragwa ibye, ye kwibagirana muri bene wabo no mu mujyi wabo. Na none mbatanze ho abagabo bo guhamya ibyo.”

11 Abakuru b’umujyi na rubanda bari aho baramusubiza bati: “Yee, turi abagabo bo kubihamya. Uhoraho azahe uwo mugore ucyuye kubyara, yororoke nka Rasheli na Leya, abagore ba Isiraheli bakomotsweho n’umuryango munini. Uragatunga utunganirwe mu Banyefurata, maze ube ikirangirire mu mujyi wa Betelehemu.

12 Icyaduha urubyaro Uhoraho azaguha kuri uwo mugore ukiri inkumi rukagwira, maze umuryango wawe ukangana n’uwa PerēsiYuda yabyaranye na Tamari.”

Bowazi acyura Ruti babyarana Obedi

13 Nuko Bowazi acyura Ruti, amugira umugore we. Uhoraho ahira Ruti asama inda, maze abyara umwana w’umuhungu.

14 Abagore babwira Nawomi bati: “Uhoraho nasingizwe, we utagutereranye, uyu munsi akaba aguhaye umwana umwuzukuru uzakwitaho. Icyaduha uwo mwana akaba ikirangirire mu Bisiraheli.

15 Uwo mwana azatuma ubuzima bwawe bugarura itoto, kandi agushajishe neza. Umukazana wawe aragukunda ndetse akurutira abahungu barindwi, dore ni we wibarutse uwo mwana.”

16 Nawomi aterura uwo mwana amushyira mu gituza cye, bityo aba umurezi we.

17 Abagore baturanye na Nawomi bakajya bavuga bati: “Nawomi yabonye akuzukuru.” Uwo mwana bamwita Obedi. Obedi uwo ni we wabyaye Yese, Yese abyara Dawidi.

Amasekuruza y’Umwami Dawidi

18 Uru ni rwo rubyaro rwa Perēsi: Perēsi yabyaye Hesironi,

19 Hesironi abyara Ramu, Ramu abyara Aminadabu,

20 Aminadabu abyara Nahasoni, Nahasoni abyara Salumoni,

21 Salumoni abyara Bowazi, Bowazi abyara Obedi,

22 Obedi abyara Yese, Yese na we abyara Dawidi.