Categories
Nehemiya

Nehemiya 1

1 Ibyo Nehemiya mwene Hakaliya yakoze.

Nehemiya amenya amakuru y’i Yeruzalemu

Mu kwezi kwa Kisilevumu mwaka wa makumyabiri Umwami Aritazeruziari ku ngoma, jyewe Nehemiya nari mu kigo ntamenwa cy’i Shushani.

2 Nuko umuvandimwe wanjye Hanani aza i Shushani aturutse mu gihugu cy’u Buyuda, ari kumwe n’abandi baturukanyeyo. Mbabaza amakuru y’itsinda ry’abasigaye, ni ukuvuga Abayahudi batahutse bavuye aho bari barajyanywe ho iminyago, mbabaza n’ibyerekeye Yeruzalemu.

3 Barambwira bati: “Iryo tsinda ry’abatahutse bagize amakuba menshi ndetse bahinduka insuzugurwa. Naho ibyerekeye Yeruzalemu, urukuta ruhazengurutse rwarasenyutse n’inzugi z’amarembo yaho zarakongotse.”

Nehemiya asabira Abayahudi

4 Maze kumva ibyo nicara hasi ndarira, mara iminsi mbabaye cyane nigomwa kurya. Nihatira kandi kwambaza Imana nyir’ijuru

5 ngira nti: “Ayii, Uhoraho Mana nyir’ijuru! Mana urakomeye, ufite igitinyiro kandi ukomeza Isezerano wagiranye natwe n’abumvira amabwiriza yawe.

6 Ndakwinginze undebe jyewe umugaragu wawe, kandi utege amatwi wumve gutakamba kwanjye nsenga ku manywa na nijoro, nsabira Abisiraheli abagaragu bawe. Ni koko ndemera ko twebwe Abisiraheli twagucumuyeho, ndetse nanjye ubwanjye na ba sogokuruza

7 twagucumuyeho bikabije. Twanze gukurikiza amabwiriza n’amateka n’ibyemezo wahaye Musa umugaragu wawe.

8 Ariko wibuke amabwiriza wahaye umugaragu wawe Musa ugira uti: ‘Nimumpemukira nzabatatanyiriza mu mahanga.

9 Ariko nimungarukira mugakurikiza amabwiriza yanjye, naho mwaba muri iyo gihera mwarajyanywe ho iminyago, nzabakoranyiriza hamwe mbagarure ahantu nzaba naratoranyije kugira ngo habe icyicaro cyanjye.’

10 Abo bantu ni twebwe abagaragu bawe wacunguje imbaraga zawe nyinshi n’ubushobozi bwawe bwinshi.

11 Ayii Nyagasani, ndakwinginze tega amatwi, umva ugusenga kwanjye jyewe umugaragu wawe, n’ukw’abandi bagaragu bawe bishimira kukubaha. None uyu munsi umpe kugirira ishya n’ihirwe ku mwami.”

Icyo gihe nari nshinzwe guhereza umwami ibyokunywa.

Categories
Nehemiya

Nehemiya 2

Nehemiya ahabwa uburenganzira bwo kujya i Yeruzalemu

1 Umunsi umwe mu kwezi kwa Nisanimu mwaka wa makumyabiri Umwami Aritazeruzi ari ku ngoma, bamuzaniye divayi maze ndayimuhereza. Bwari ubwa mbere mugaragariza ko mbabaye.

2 Nuko umwami arambaza ati: “Ko utarwaye ni iki kikubabaje? Ugomba kuba ufite ikigushengura umutima.”

Nuko numva mfite ubwoba cyane.

3 Mbwira umwami nti: “Nyagasani, uragahoraho! None se ni iki cyambuza kubabara kandi umurwa ba sogokuruza bahambwemo warabaye itongo, ndetse n’inzugi z’amarembo yawo zikaba zarakongotse?”

4 Nuko umwami arambaza ati: “Urifuza ko nagukorera iki?”

Ako kanya nsenga Imana nyir’ijuru,

5 maze nsubiza umwami nti: “Nyagasani, niba bikunogeye kandi nkaba ngutonnyeho, unyohereze njye mu gihugu cy’u Buyuda mu murwa ba sogokuruza bahambwemo, kugira ngo nywubake bundi bushya.”

6 Umwami yari yicaranye n’umwamikazi maze arambaza ati: “Urugendo rwawe ruzamara igihe kingana iki, kandi uzagaruka ryari?”

Mbwira umwami igihe nzagarukiramaze yemera kunyohereza.

7 Nuko ndongera mbwira umwami nti: “Nyagasani niba bikunogeye, umpeshe inzandiko zo gushyīra abategetsi bo mu bihugu bikomatanyije by’iburengerazuba bwa Efurati, kugira ngo bampe uburenganzira bwo kuhanyura njya mu Buyuda.

8 Umpeshe n’urwandiko rwo gushyīra Asafu umurinzi w’ishyamba ry’umwami, kugira ngo ampe ibiti byo kubazamo inzugi z’ikigo ntamenwa kiri hafi y’Ingoro y’Imana, n’iz’amarembo y’urukuta ruzengurutse umurwa ndetse n’ibyo kubakisha inzu nzabamo.”

Kubera ko nari ndinzwe n’Imana yanjye, umwami ampa ibyo musabye byose.

9 Umwami ampa bamwe mu bakuru b’ingabo, na bamwe mu ngabo zirwanira ku mafarasi kugira ngo bamperekeze. Nuko tugeze muri bya bihugu bikomatanyije, za nzandiko nzishyikiriza abategetsi babyo.

10 UmunyahoroniSanibalati na Tobiya umutware wo mu Bamonibamenye ko naje, bababazwa cyane n’uko habonetse umuntu wo kwita ku nyungu z’Abisiraheli.

Nehemiya agenzura urukuta rwa Yeruzalemu

11 Nuko ngera i Yeruzalemu marayo iminsi itatu.

12 Ariko nta muntu n’umwe nari nigeze mbwira imigambi Imana yanjye yari yanshyizemo, y’icyo ngomba gukora i Yeruzalemu. Hanyuma nijoro njyana n’abagabo bake. Nta mafarasi twajyanye uretse iyari impetse.

13 Nijoro nsohokera mu Irembo ry’Igikombe, nkomeza inzira ijya ku Iriba ry’Ikiyoka mpinguka ku Irembo ry’Imyanda. Nagendaga nsuzuma urukuta rwari ruzengurutse Yeruzalemu, nsanga hari aho rwagiye rusenyuka ndetse n’inzugi zo ku marembo yarwo zarakongotse.

14 Nuko nkomeza kugenda nerekeye ku Irembo ry’Iribano ku kizenga cy’umwami, maze ifarasi yari impetse ntiyabona aho inyura nyivaho.

15 Iryo joro nkomeza kuzamuka nkikiye umubande w’akagezi ka Kederoni ngenda nsuzuma urukuta, hanyuma nsubiza inzira najemo maze ninjirira muri rya Rembo ry’Igikombe.

16 Abatware b’umujyi ntibari bazi aho nari nagiye cyangwa icyo nari nakoze. Koko kandi kugeza icyo gihe, rubanda rw’Abayahudi n’abatambyi n’abanyacyubahiro n’abatware b’umujyi n’abandi bakozi, sinari nigeze mbabwira icyari cyanzanye i Yeruzalemu.

17 Nuko ndababwira nti: “Nimurebe ibyago dufite: Yeruzalemu yarasenyutse ni amatongo, n’inzugi z’amarembo yayo zarakongotse. None nimuhaguruke twubake urukuta rwa Yeruzalemu maze twivane mu kimwaro.”

18 Mbatekerereza ukuntu Imana yanjye yangiriye neza ikandinda, mbasubirira no mu magambo umwami yambwiye, maze baravuga bati: “Nimucyo dutangire twubake!” Nuko bitegura gukora icyo gikorwa cyiza.

19 Ariko Umunyahoroni Sanibalati na Tobiya umutware wo mu Bamoni, n’Umwarabu Geshemu babyumvise baraduseka, batubazanya agasuzuguro bati: “Ibyo mukora ni ibiki? Mbese mugiye kugomera umwami?”

20 Ndabasubiza nti: “Imana nyir’ijuru ni yo izaduha ishya n’ihirwe muri iki gikorwa. Twebwe abagaragu bayo tugiye guhita twubaka, naho mwebwe nta munani mufite muri Yeruzalemu, nta ruhare mwayigizemo, nta n’urwibutso rwanyu ruzarangwa muri yo.”

Categories
Nehemiya

Nehemiya 3

Abubatse urukuta rwo mu majyaruguru

1 Umutambyi mukuru Eliyashibu afatanyije n’abatambyi bagenzi be, barahaguruka bubaka Irembo ry’Intama. Bamaze kuryubaka baryegurira Imana, bariteraho n’urugi. Bahera aho bubaka urukuta barugeza ku Munara w’Ijana, no ku Munara wa Hananēli.

2 Abagabo b’i Yeriko ni bo bakurikiragaho bubaka, na bo bagakurikirwa

na Zakuri mwene Imuri.

3 Abagabo b’i Hasenaya ni bo bakurikiragaho, bubaka Irembo ry’Amafi. Barirangije bariteraho ibikingi by’irembo n’inzugi, n’ibyuma byo gusesekamo ibihindizo.

4 Meremoti mwene Uriya wa Hakosi ni we wakurikiragaho asana, na we akurikirwa na Meshulamu mwene Berekiya wa Meshezabēli. Sadoki mwene Bāna ni we wakurikiragaho asana.

5 Abaturage b’i Tekowa ni bo bakurikiragaho basana, ariko ab’ibikomerezwa muri bo banga gukora imirimo bahawe n’ababakoresha.

6 Irembo rya Yeshanaryubatswe na Yoyada mwene Paseya, afatanyije na Meshulamu mwene Besodiya. Bariteraho ibikingi by’irembo n’inzugi, n’ibyuma byo gusesekamo ibihindizo.

Abubatse urukuta rw’iburengerazuba

7 Umunyagibeyoni Melatiya n’Umunyameronoti Yadoni hamwe n’abantu b’i Gibeyoni n’ab’i Misipa, ni bo bakurikiragaho basana, bageza ku icumbi ry’umutegetsi w’ibihugu bikomatanyije by’iburengerazuba bwa Efurati.

8 Uziyeli mwene Harihaya wari umucuzi w’izahabu, ni we wakurikiragaho asana. Na we agakurikirwa na Hananiya wari umuhanga mu gukora amarashi. Bagejeje aho urukuta rutangirira kuba rugari, baba barangije umurimo bakoraga i Yeruzalemu.

9 Refaya mwene Huri ari na we wategekaga kimwe cya kabiri cy’intara ya Yeruzalemu, ni we wakurikiragaho asana.

10 Yedaya mwene Harumafu ni we wakurikiragaho, maze asana ahateganye n’inzu ye, na we akurikirwa na Hatushi mwene Hashabuneya.

11 Malikiya ukomoka kuri Harimu na Hashubu ukomoka kuri Pahati-Mowabu, ni bo bakurikiragaho basana ikindi gice cy’urukuta n’Umunara w’Amafuru.

12 Shalumu mwene Haloheshi akaba n’umutegetsi wa kimwe cya kabiri kindi cy’intara ya Yeruzalemu, we n’abakobwa be ni bo bakurikiragaho basana.

13 Irembo ry’Igikombe ryubatswe na Hanuni afatanyije n’abaturage b’i Zanowa. Bamaze kuryubaka bariteraho inzugi, n’ibyuma byo gusesekamo ibihindizo. Basana igice cy’urukuta kireshya na metero magana atanu bakigeza ku Irembo ry’Imyanda.

14 Irembo ry’Imyanda ryubatswe na Malikiya mwene Rekabu, akaba umutegetsi w’intara ya Beti-Hakeremu. Amaze kuryubaka ariteraho inzugi, n’ibyuma byo gusesekamo ibihindizo.

Abubatse urukuta rw’iburasirazuba

15 Irembo ry’Iriba ryubatswe na Shaluni mwene Kolihoze, akaba umutegetsi w’intara ya Misipa. Amaze kuryubaka ararisakara, ariteraho inzugi n’ibyuma byo gusesekamo ibihindizo. Yubaka n’urugomero rw’ikizenga cy’i Silowe cyari hafi y’ubusitani bw’umwami, agarukiriza ku ngazi zavaga mu Murwa wa Dawidi.

16 Nehemiya mwene Azibuki akaba n’umutegetsi wa kimwe cya kabiri cy’intara ya Beti-Suri, ni we wakurikiragaho maze asana urukuta ageza ahateganye n’irimbi rya Dawidi, no kugeza ahafukuwe ikidendezi, agarukiriza aho ikigo cy’abasirikari b’intwari barindaga umwami cyari kiri.

Abubatsi bo mu Balewi

17 Iruhande rwe hasanwaga n’Abalevi ari bo Rehumu mwene Bani, agakurikirwa na Hashabiya umutegetsi wa kimwe cya kabiri cy’intara ya Keyila, asana ahari hateganyirijwe intara ye.

18 Bene wabo ni bo bakurikiragaho basana bayobowe na Binuwimwene Henadadi, akaba ari we wategekaga kimwe cya kabiri kindi cy’intara ya Keyila.

19 Iruhande rwabo hasanwe na Ezeri mwene Yoshuwa, akaba umutegetsi w’umujyi wa Misipa. Yasannye n’ikindi gice cy’urukuta uhereye ahateganye n’akayira kazamuka kajya ku nzu yabikwagamo intwaro, ukageza ku mfuruka y’urukuta.

20 Baruki mwene Zabayi ni we wakurikiragaho, asana ikindi gice cy’urukuta gikurikiyeho ashyizeho umwete. Yahereye ku mfuruka yarwo, ageza ahateganye n’irembo ry’urugo rw’Umutambyi mukuru Eliyashibu.

21 Meremoti mwene Uriya wa Hakosi ni we wakurikiragaho, asana ikindi gice cy’urukuta ahereye ahateganye n’irembo ry’urugo rwa Eliyashibu, ageza aho rugarukira.

Abatambyi bubatse urukuta

22 Abatambyi baturutse mu turere dukikije Yeruzalemu, ni bo bakurikiragaho basana.

23 Benyamini na Hashubu ni bo bakurikiragaho, basana uruhande ruteganye n’amazu yabo, naho Azariya mwene Māseya wa Ananiya, asana uruhande ruteganye n’inzu ye.

24 Binuwi mwene Henadadi ni we wakurikiragaho, asana ikindi gice, ahera ku nzu ya Azariya ageza aho urukuta ruhetera imfuruka.

25 Palali mwene Uzayi ni we wakurikiragaho, ahera kuri iyo mfuruka asana umunara wubatse mu rukuta, uteganye n’ingoro y’umwami yari ahirengeye hafi y’ikigo cy’abamurindaga. Pedaya mwene Paroshi

26 n’abakozi bo mu Ngoro y’Imana babaga mu gace ka Yeruzalemu kitwaga Ofeli, ni bo bakurikiragaho basana, bageza ku Irembo ry’Amazi ryari iburasirazuba bw’umunara wubatse mu rukuta.

Abandi bubatsi

27 Abaturage b’i Tekowa ni bo bakurikiragaho, basana ikindi gice bahereye imbere y’umunara munini wubatse mu rukuta, bageza ku rukuta rwa Ofeli.

28 Guhera haruguru y’Irembo ry’Amafarasi hasanwe n’abatambyi, umutambyi wese agasana ahateganye n’inzu ye.

29 Sadoki mwene Imeri ni we wakurikiragaho, na we asana ahateganye n’inzu ye. Shemaya mwene Shekaniya akaba umurinzi w’Irembo ry’Iburasirazuba, na we akurikiraho asana.

30 Hananiya mwene Shelemiya na Hanuni umuhungu wa gatandatu wa Salafu ni bo bakurikiragaho, basana ikindi gice cy’urukuta. Meshulamu mwene Berekiya ni we wakurikiragaho, asana igice giteganye n’aho yari atuye.

31 Malikiya wo mu bacuzi b’izahabu ni we wakurikiragaho, asana ahereye ku nzu y’abakozi bo mu Ngoro y’Imana no ku y’abacuruzi, ziteganye n’Irembo ry’Ubugenzuzi, ageza ku nzu y’igorofa yari mu mfuruka y’urukuta.

32 Uhereye kuri iyo nzu ukageza ku Irembo ry’Intama, hasanwe n’abacuzi b’izahabu bafatanyije n’abacuruzi.

Abanzi b’Abayahudi bababuza kubaka

33 Sanibalati amenye ko twebwe Abayahudi twubaka urukuta rwa Yeruzalemu, ararakara agira umujinya mwinshi cyane. Nuko aratunegura

34 avugira imbere ya bagenzi be n’imbere y’ingabo z’i Samariya ati: “Ese abo Bayahudi batagize icyo bashoboye barashaka kugera ku ki? Mbese koko urwo rukuta bazarangiza kurwubaka? Mbese baragira ngo gutura Imana ibitambo ni byo bizatuma bubaka urukuta rw’icyuzuriraho? Ese baragira ngo bataburure ibirundo by’amabuye yangijwe n’umuriro maze bayubakishe?”

35 Ubwo Tobiya umutware wo mu Bamoni yari ahagaze iruhande rwe, na we aravuga ati: “Na bo barubaka ntibagasekwe! Erega na nyiramuhari yuriye urwo rukuta rwahita ruriduka!”

36 Nuko ndasenga nti: “Mana yacu, umva uko badusuzugura, kandi ibitutsi badutuka ureke abe ari bo bihama! Ubareke basahurwe bajyanwe ho iminyago!

37 Ntukabababarire igicumuro cyabo cyangwa ngo ubahanagureho icyaha cyabo, kuko badututsetwubaka.”

38 Nuko twubaka urukuta rwa Yeruzalemu rwose turugeza muri kimwe cya kabiri cy’ubuhagarike bwarwo, kuko abantu bose bakoranaga umwete.

Categories
Nehemiya

Nehemiya 4

1 Ariko Sanibalati na Tobiya n’Abarabu n’Abamoni hamwe n’Abanyashidodi, bumvise ko igikorwa cyo gusana urukuta rwa Yeruzalemu gitera imbere, kandi ko n’ibyuho byo muri rwo biri hafi gusibangana barushaho kurakara.

2 Bose bahuza umugambi wo gutera i Yeruzalemu no kwangiza ibyaho.

3 Nuko dusenga Imana yacu, maze dushyiraho abarinzi ku manywa na nijoro bo kubakoma imbere.

4 Byongeye kandi Abayahudi baravugaga bati: “Abakozi bacitse intege, ibirundo by’ibisigazwa ni byinshi, ntabwo dushobora kuzarangiza gusana uru rukuta!”

5 Abanzi bacu na bo bakavuga bati: “Ntibazigera batubona cyangwa ngo bamenye igihe tuzazira, bazabona tubaguye gitumo maze tubamarire ku icumu, n’umurimo bakoraga tuwuhagarike.”

Abubatsi bahabwa intwaro

6 Nuko Abayahudi bo mu cyaro baturanye n’abanzi bacu, baza kutuburira incuro nyinshi bati: “Nimwigarukire iwacu.”

7 Nuko nshyira abantu inyuma y’urukuta aho rwari rukiri rugufi n’aho rwari rutarasanwa, bahagarara mu myanya yabo bakurikije imiryango yabo, kandi bitwaje inkota n’amacumu n’imiheto.

8 Maze kubona uko ibintu byifashe, mpita mbwira abanyacyubahiro n’abatware b’umujyi na rubanda bari aho nti: “Ntimubatinye! Mwibuke ko Uhoraho akomeye kandi afite igitinyiro. Mubarwanye murengere abavandimwe banyu n’abahungu n’abakobwa banyu, n’abagore banyu n’amazu yanyu.”

9 Abanzi bacu bamenya ko twaburiwe, kandi ko Imana yaburijemo umugambi wabo. Nuko twese dusubira ku rukuta, umuntu wese ku murimo we.

10 Uhereye uwo munsi kimwe cya kabiri cy’abakozi banjye barakoraga, naho abandi bahoraga baryamiye amajanja bafite amacumu n’ingabo n’imiheto, bambaye n’amakoti y’ibyuma akingira igituza. Abasirikari bakuru bari barinze Abayahudi bose

11 bubakaga urukuta. Abahereza babo bakoreshaga ukuboko kumwe, ukundi gufashe intwaro.

12 Buri muntu wubakaga yabaga afite inkota ye mu rukenyerero. Uwari ushinzwe kuvuza impanda, yagumaga iruhande rwanjye,

13 kuko nari narabwiye abanyacyubahiro n’abatware na rubanda nti: “Murabona ko uyu murimo ari munini kandi ari mugari, ku buryo dutataniye impande zose z’urukuta.

14 Nimujya mwumva impanda ivuze, mujye mudutabara muze aho ivugiye. Imana yacu na yo izaturwanirira.”

15 Nuko dukomeza gukora dutyo kuva mu museke kugeza nimugoroba mu kabwibwi, kimwe cya kabiri cy’abakozi bitwaje amacumu baryamiye amajanja.

16 Icyo gihe kandi mbwira abantu nti: “Umuntu wese kimwe n’abakozi bamufasha ajye arara muri Yeruzalemu, bityo nijoro batubere abazamu naho ku manywa bakore.”

17 Nararaga nkenyeye kimwe na bagenzi banjye n’abakozi bamfashaga, ndetse n’abarinzi. Ntitwigeraga twiyambura keretse tugiye kwiyuhagira.

Categories
Nehemiya

Nehemiya 5

Nehemiya akuraho uburyamirane

1 Icyo gihe rubanda rw’Abayahudi n’abagore babo bitotombera bene wabo.

2 Bamwe muri bo baravugaga bati: “Twebwe ubwacu n’abana bacu turi benshi, dukeneye ingano kugira ngo tubone ibyo kudutunga tubeho.”

3 Abandi bakagira bati: “Kugira ngo tubone ingano mu gihe cy’inzara, tugomba kugwatiriza amasambu yacu n’imirima yacu y’imizabibu, ndetse n’amazu yacu.”

4 Abandi na bo bakagira bati: “Kugira ngo tubone imisoro y’umwami w’u Buperesi, tugurizwa amafaranga ari uko tugwatirije imirima n’imizabibu byacu.

5 Nyamara twese turi Abayahudi kimwe na bo, abana bacu ni kimwe n’ab’abo, ariko duhatirwa gutanga abahungu n’abakobwa bacu kugira ngo babe inkoreragahato. Ndetse bamwe mu bakobwa bacu ubu ni abaja kandi ntitubasha kubacungura, kuko amasambu n’imizabibu byacu bifitwe n’abandi.”

6 Nuko numvise ayo maganya n’ibyo birego ndarakara cyane.

7 Niyemeza gutonganya abanyacyubahiro n’abatware b’Abayahudi, ndababwira nti: “Mukabije kwaka bene wanyu inyungu!” Nuko ntumiza iteraniro rinini kugira ngo mbamagane.

8 Ndababwira nti: “Twakoze uko dushoboye kose ducungura Abayahudi bene wacu, abanyamahanga bari baragize inkoreragahato zabo. None namwe muragurisha bene wanyu, maze tuzahindukire tubacungure?”

Nuko bose baraceceka ntibagira icyo bavuga.

9 Ndongera ndababwira nti: “Ibyo mukora si byiza. Mbese ntimwari mukwiye gutinya Imana mugakora ibyiza, bityo ntimuhe abanyamahanga batwanga urwaho rwo kudutuka?

10 Jyewe ubwanjye na bagenzi banjye kimwe n’abakozi bamfasha, twagurije abantu amafaranga n’ingano. None nimucyo twese tubaharire iyo myenda baturimo.

11 Ndetse bitarenze uyu munsi, ababarimo imyenda nimubasubize amasambu yabo n’imizabibu yabo, n’imizeti yabo kimwe n’amazu yabo. Ndetse n’inyungu mubaka ku byo mwabagurije, haba ari ku mafaranga cyangwa ku ngano, haba ari kuri divayi nshya cyangwa ku mavuta, na zo nimuzibaharire.”

12 Barambwira bati: “Ibyo utubwiye tuzabikora. Tuzabasubiza ibyo batugwatirije, kandi nta cyo tuzongera kubishyuza.”

Nuko mpamagaza abatambyi maze ntegeka ba banyacyubahiro na ba batware b’Abayahudi, kurahirira imbere yabo ko bazasohoza ayo masezerano.

13 Nanjye mfata umweko nari nkenyeje nabikagamo ibiceri, maze ndawukunkumura ngira nti: “Uku abe ari ko Imana izakunkumura umuntu wese utazubahiriza amasezerano yagize, imuvane mu rugo rwe no mu mutungo we asigare amara masa.”

Abantu bose bari muri iryo teraniro baravuga bati: “Amina”, maze basingiza Uhoraho. Nuko basohoza amasezerano bagize.

Kutikubira kwa Nehemiya

14 Umwami Aritazeruzi yangize umutegetsi w’igihugu cy’u Buyuda, uhereye mu mwaka wa makumyabiri ukageza mu wa mirongo itatu n’ibiri ari ku ngoma. Muri iyo myaka uko ari cumi n’ibiri, yaba jyewe cyangwa bagenzi banjye, ntitwigeze dutungwa n’igaburo ryagenewe umutegetsi.

15 Abategetsi bambanjirije baryaga rubanda imitsi, bakabaka igaburo rya buri munsi, bakabaka n’ibikoroto mirongo ine by’ifeza. Ababungirije na bo bategekeshaga abantu igitugu. Nyamara kubera ko nubaha Imana, jyewe sinagenje nka bo.

16 Ahubwo nitangiye kubaka urukuta sinagira n’isambu nigurira. Abantu bamfashaga na bo nta masambu biguriye, bahoraga mu mirimo y’ubwubatsi.

17 Byongeye kandi nagaburiraga abatware b’Abayahudi ijana na mirongo itanu, n’abandi bantu baturukaga mu bihugu bidukikije.

18 Buri munsi natekeshaga ikimasa n’intama esheshatu z’indobanure n’inkoko, kandi uko iminsi icumi yashiraga ni ko natangaga divayi nyinshi z’amoko atari amwe. Nubwo byari bimeze bityo sinigeze naka abantu igaburo ryagenewe umutegetsi, kuko nari nzi ingorane bari bafite.

19 Mana yanjye ujye unyibuka, ungirire neza kubera ibyo nagiriye aba bantu!

Categories
Nehemiya

Nehemiya 6

Abanzi ba Nehemiya bashaka kumugirira nabi

1 Sanibalati na Tobiya n’Umwarabu Geshemu kimwe n’abandi banzi bacu, bamenya ko narangije gusana urukuta rwa Yeruzalemu kandi ko nta cyuho gisigaye kuri rwo. Icyakora icyo gihe nari ntaratera inzugi ku marembo yarwo.

2 Nuko Sanibalati na Geshemu bantumaho bati: “Ngwino duhurire i Kefirimu mu kibaya cya Ono.” Ariko bari bafite umugambi wo kungirira nabi.

3 Nanjye mbatumaho mbasubiza nti: “Sinshobora kuza. Umurimo nkora ni ingirakamaro ndamutse nywusize wahagarara, bityo rero sinshobora kuza ngo tubonane.”

4 Bantumaho incuro enye zose ngo nze tubonane, nanjye nkabasubiza ko bidashoboka.

5 Nuko ku ncuro ya gatanu Sanibalati yongera kuntumaho nka mbere, antumaho umwungirije anzanira urwandiko rudafunze.

6 Dore ibyari bikubiye muri urwo rwandiko:

“Hari inkuru yabaye gikwira mu batari Abayahudi, bavuga ko wowe n’Abayahudi mufite umugambi wo kugomera umwami. Ngo yaba ari yo mpamvu wubaka urukuta rwa Yeruzalemu. Geshemu na we avuga ko iyo nkuru ifite ishingiro. Bavuga kandi ko waba ugiye kwimikwa kugira ngo ube umwami w’Abayahudi

7 ubu ukaba waramaze gushyiraho abahanuzi bo kwamamaza muri Yeruzalemu ko uri umwami w’u Buyuda. Iyo nkuru ntizabura kugera ku mwami w’u Buperesi. None ngwino tubyumvikaneho.”

8 Nuko nanjye ndamusubiza nti: “Ibyo uvuze byose ntibifite ishingiro, ahubwo ni wowe ubyihimbira.”

9 Bose bashakaga kudutera ubwoba bibwira ko tuzacika intege, kugira ngo umurimo dukora udindire. Nuko ndasenga nti: “Mana yanjye, umpe imbaraga.”

10 Umunsi umwe njya kwa Shemaya mwene Delaya wa Mehetabēli, kubera ko atashoboraga kuva iwe. Nuko arambwira ati: “Reka tubonanire mu Ngoro y’Imana mu Cyumba kizira inenge, maze dukinge inzugi zacyo kuko abashaka kukwica bazaza nijoro bakwice.”

11 Nuko ndamusubiza nti: “Mbese umugabo nkanjye akwiye guhunga? Byongeye kandi umuntu nkanjye yakwinjira mu Ngoro, mu Cyumba kizira inenge maze akabaho? Ndanze singiyeyo.”

12 Nuko mbibonye ntyo menya ko ibyo ambwiye atabitumwe n’Imana, ko ahubwo yaguriwe na Tobiya na Sanibalati ngo ampanurire ibinyoma.

13 Kwari ukugira ngo ngire ubwoba nkore ibyo ambwiye, bityo mbe nkoze icyaha maze babone impamvu yo kunsebya no kunkoza isoni.

14 Nuko ndasenga nti: “Mana yanjye, ujye wibuka ibyo Tobiya na Sanibalati bakoze, ujye wibuka kandi n’umuhanuzikazi Nowadiya kimwe n’abandi bahanuzi bagerageje kuntera ubwoba.”

Urukuta rwuzura

15 Ku itariki ya makumyabiri n’eshanu y’ukwezi kwa Eluli, turangiza kubaka urukuta rwa Yeruzalemu rwari rumaze iminsi mirongo itanu n’ibiri rwubakwa.

16 Abanzi bacu bose bamenye ko twarwujuje, kandi ko n’abantu bo mu mahanga adukikije barwibonera, baramwara cyane. Koko rero bamenya ko Imana yacu ari yo yatumye tubasha gukora uwo murimo.

17 Icyo gihe abanyacyubahiro benshi b’i Buyuda bandikiraga Tobiya inzandiko nyinshi, Tobiya na we akabandikira abasubiza.

18 Abantu benshi b’i Buyuda bari barahanye igihango na we, kuko yari umukwe wa Shekaniya wakomokaga kuri Ara, kandi n’umuhungu we Yehohanani akaba yari yarashatse umukobwa wa Meshulamu mwene Berekiya.

19 Bamwe mu Bayahudi bahoraga bandatira ibikorwa bya Tobiya, na we bakamubwira ijambo ryose navuze, bityo akandika inzandiko zo kuntera ubwoba.

Categories
Nehemiya

Nehemiya 7

1 Urukuta rumaze kuzura maze no gutera inzugi ku marembo yarwo, abarinzi b’Ingoro y’Imana n’abaririmbyi n’Abalevi bahabwa inshingano zabo.

2 Ubutegetsi bw’umurwa wa Yeruzalemu mbushinga umuvandimwe wanjye Hanani, afatanyije na Hananiya umukuru w’ingabo zo mu kigo ntamenwa. Hananiya uwo yari umugabo w’umunyamurava warushaga abantu benshi gutinya Imana.

3 Nuko ndababwira nti: “Inzugi za Yeruzalemu ntizigakingurwe mbere yo ku gasusuruko, kandi nimugoroba abarinzi bajye bakinga inzugi bazifungishe ibihindizo mbere y’uko bava ku izamu.Muzashyireho izamu maze abaturage bo muri Yeruzalemu bajye barisimburanwaho, bamwe bajye bashyirwa ku rukuta, abandi barinde hafi y’amazu yabo.”

Urutonde rw’amazina y’abatahutse

4 Umurwa wa Yeruzalemu wari munini nyamara utuwemo n’abantu bake, n’amazu ari make.

5 Nuko Imana yanjye inyungura igitekerezo maze nteranya abanyacyubahiro n’abatware b’umujyi hamwe na rubanda, kugira ngo babarurwe. Mbona igitabo cy’ibarura ry’ababanje gutahuka bavuye aho bari barajyanwe ho iminyago, ngisangamo ibi bikurikira:

6 Dore Abayahudi bo mu mazu Umwami Nebukadinezari wa Babiloniya yari yarajyanye ho iminyago. Baje mu gihugu cy’u Buyuda no mu murwa wacyo wa Yeruzalemu bavuye muri Babiloniya, maze umuntu wese asubira mu mujyi gakondo w’iwabo.

7 Baje bayobowe na Zerubabeli na Yeshuwa na Nehemiya, na Azariya na Rāmiya na Nahamani, na Moridekayi na Bilishani na Misipereti, na Bigivayi na Nehumu na Bāna. Dore umubare w’Abisiraheli bakomokaga muri buri nzu:

8 Abakomokaga kuri Paroshi bari ibihumbi bibiri n’ijana na mirongo irindwi na babiri.

9 Abakomokaga kuri Shefatiya bari magana atatu na mirongo irindwi na babiri.

10 Abakomokaga kuri Ara bari magana atandatu na mirongo itanu na babiri.

11 Abakomokaga kuri Pahati-Mowabu, ni ukuvuga urubyaro rwa Yoshuwa na Yowabu, bari ibihumbi bibiri magana inani na cumi n’umunani.

12 Abakomokaga kuri Elamu bari igihumbi na magana abiri na mirongo itanu na bane.

13 Abakomokaga kuri Zatu bari magana inani na mirongo ine na batanu.

14 Abakomokaga kuri Zakayi bari magana arindwi na mirongo itandatu.

15 Abakomokaga kuri Binuwi bari magana atandatu na mirongo ine n’umunani.

16 Abakomokaga kuri Bebayi bari magana atandatu na makumyabiri n’umunani.

17 Abakomokaga kuri Azigadi bari ibihumbi bibiri na magana atatu na makumyabiri na babiri.

18 Abakomokaga kuri Adonikamu bari magana atandatu na mirongo itandatu na barindwi.

19 Abakomokaga kuri Bigivayi bari ibihumbi bibiri na mirongo itandatu na barindwi.

20 Abakomokaga kuri Adini bari magana atandatu na mirongo itanu na batanu.

21 Abakomokaga kuri Ateri, ni ukuvuga abakomokaga kuri Hezekiya, bari mirongo cyenda n’umunani.

22 Abakomokaga kuri Hashumu bari magana atatu na makumyabiri n’umunani.

23 Abakomokaga kuri Besayi bari magana atatu na makumyabiri na bane.

24 Abakomokaga kuri Harifu bari ijana na cumi na babiri.

25 Abakomokaga kuri Gibeyoni bari mirongo cyenda na batanu.

26 Abantu bakomokaga mu mujyi wa Betelehemu n’uwa Netofa bari ijana na mirongo inani n’umunani.

27 Abakomokaga mu mujyi wa Anatoti bari ijana na makumyabiri n’umunani.

28 Abakomokaga mu mujyi wa Betazimaveti bari mirongo ine na babiri.

29 Abakomokaga mu mujyi wa Kiriyati-Yeyarimu n’uwa Kefira n’uwa Bēroti bari magana arindwi na mirongo ine na batatu.

30 Abakomokaga mu mujyi wa Rama n’uwa Geba bari magana atandatu na makumyabiri n’umwe.

31 Abakomokaga mu mujyi wa Mikimasi bari ijana na makumyabiri na babiri.

32 Abakomokaga mu mujyi wa Beteli n’uwa Ayi bari ijana na makumyabiri na batatu.

33 Abakomokaga mu wundi mujyi witwa Nebo bari mirongo itanu na babiri.

34 Abakomokaga kuri Elamu wundi bari igihumbi na magana abiri na mirongo itanu na bane.

35 Abakomokaga kuri Harimu bari magana atatu na makumyabiri.

36 Abakomokaga mu mujyi wa Yeriko bari magana atatu na mirongo ine na batanu.

37 Abakomokaga mu mujyi wa Lodi n’uwa Hadidi n’uwa Ono bari magana arindwi na makumyabiri n’umwe,

38 Abakomokaga mu mujyi wa Senaya bari ibihumbi bitatu na magana cyenda na mirongo itatu.

39 Itsinda ry’abatambyi:

Abakomokaga kuri Yedaya ukomoka kuri Yoshuwa bari magana cyenda na mirongo irindwi na batatu.

40 Abakomokaga kuri Imeri bari igihumbi na mirongo itanu na babiri.

41 Abakomokaga kuri Pashehuri bari igihumbi na magana abiri na mirongo ine na barindwi.

42 Abakomokaga kuri Harimu bari igihumbi na cumi na barindwi.

43 Itsinda ry’Abalevi:

Abakomokaga kuri Yoshuwa na Kadimiyeli na bo bakomokaga kuri Hodeva, bari mirongo irindwi na bane.

44 Itsinda ry’abaririmbyi bo mu Ngoro y’Imana:

Abakomokaga kuri Asafu bari ijana na mirongo ine n’umunani.

45 Itsinda ry’abarinzi b’Ingoro y’Imana ryari rigizwe n’abakomokaga kuri Shalumu no kuri Ateri, no kuri Talimoni no kuri Akubu, no kuri Hatita no kuri Shobayi, bose bari ijana na mirongo itatu n’umunani.

46 Itsinda ry’abakozi bo mu Ngoro y’Imana ryari rigizwe n’abakomokaga kuri Sīha no kuri Hasufa na Tabawoti,

47 no kuri Kerosi no kuri Siya no kuri Padoni,

48 no kuri Lebana no kuri Hagaba no kuri Shalimayi,

49 no kuri Hanani no kuri Gideli no kuri Gahari,

50 no kuri Reyaya no kuri Resini no kuri Nekoda,

51 no kuri Gazamu no kuri Uza no kuri Paseya,

52 no kuri Besayi no kuri Meyunimu, no kuri Nefushesimu,

53 no kuri Bakibuki no kuri Hakufa no kuri Harihuri,

54 no kuri Basiliti no kuri Mehida no kuri Harisha,

55 no kuri Barikosi no kuri Sisera no kuri Tema,

56 no kuri Nesiya no kuri Hatifa.

57 Itsinda ry’abakomokaga ku bagaragu ba Salomo ryari rigizwe n’abakomokaga kuri Sotayi no kuri Sofereti no kuri Perida,

58 no kuri Yāla no kuri Darikoni no kuri Gideli,

59 no kuri Shefatiya no kuri Hatili,

no kuri Pokereti-Hasebayimu no kuri Amoni.

60 Abo mu itsinda ry’abakozi bo mu Ngoro y’Imana, hamwe n’abo mu itsinda ry’abakomokaga ku bagaragu ba Salomo, bose bari magana atatu na mirongo cyenda na babiri.

61 Hari n’abantu batahutse bavuye i Telimela n’i Teliharisha, n’i Kerubu no muri Adoni no muri Imeri, batashoboye gutanga ibimenyetso byemeza ko ba sekuruza bari Abisiraheli.

62 Abo bantu bakomokaga kuri Delaya no kuri Tobiya no kuri Nekoda, bari magana atandatu na mirongo ine na babiri.

63 Hari n’abatambyi bagize ingorane nk’izo. Abo ni abakomokaga kuri Hobaya no kuri Hakosi no kuri Barizilayi, (uwo yitiriwe sebukwe kuko yari yarashatse umukobwa wa Barizilayi w’i Gileyadi).

64 Bashatse ibisekuruza byabo mu bitabo by’ibarura ariko ntibabibona, maze babarwa nk’abahumanye, bityo bahagarikwa ku mirimo y’ubutambyi.

65 Byongeye kandi umutegetsi w’u Buyuda ababuza kurya ibyokurya byavanywe ku bitambo byatuwe Imana, kugeza ubwo hazaboneka umutambyi uzafata icyemezo gishingiye ku bizaba byerekanywe na Urimu na Tumimu.

66 Umubare w’abatahutse bose bavuye muri Babiloniya, bari ibihumbi mirongo ine na bibiri na magana atatu na mirongo itandatu.

67 Bari kumwe n’abagaragu n’abaja ibihumbi birindwi na magana atatu na mirongo itatu na barindwi,

n’abaririmbyi n’abaririmbyikazi magana abiri na mirongo ine na batanu.

68 Bari bafite ingamiyamagana ane na mirongo itatu n’eshanu,

n’indogobe ibihumbi bitandatu na magana arindwi na makumyabiri.

69 Bamwe mu batware b’amazu batanze imfashanyo yo kubaka Ingoro y’Imana.

Umutegetsi w’u Buyuda yatanze ibiro umunani n’igice by’izahabu,

atanga n’ibikombe mirongo itanu byo gukoresha mu Ngoro y’Imana,

n’amakanzu magana atanu na mirongo itatu y’abatambyi,

bishyirwa mu kigega cy’umushinga w’Ingoro y’Imana.

70 Bamwe mu batware b’amazu bashyize muri icyo kigega ibiro ijana na mirongo irindwi by’izahabu, n’ibikoroto ibihumbi bibiri na magana abiri by’ifeza.

71 Naho rubanda batanga ibiro ijana na mirongo irindwi by’izahabu, n’ibikoroto ibihumbi bibiri by’ifeza, n’imyambaro mirongo itandatu n’irindwi y’abatambyi.

72 Nuko abatambyi n’Abalevi, n’abarinzi b’Ingoro y’Imana n’abaririmbyi, na bamwe bo muri rubanda n’abakozi bo mu Ngoro y’Imana, kimwe n’abandi Bisiraheli bose batura mu mijyi gakondo yabo.

Ukwezi kwa karindwikwageze Abisiraheli bose baramaze gutura mu mijyi gakondo yabo.

Categories
Nehemiya

Nehemiya 8

Ezira asomera abantu Amategeko ya Musa

1-2 Nuko ku itariki ya mbere y’uko kwezi, abantu bose bari bahuje umugambi maze bateranira ku kibuga cyari imbere y’Irembo ry’Amazi. Basaba Ezira umutambyi n’umwigishamategeko, kubazanira igitabo cy’Amategeko Uhoraho yari yarahaye Musa ngo ayashyikirize Abisiraheli. Nuko Ezira azana icyo gitabo imbere y’imbaga y’abantu igizwe n’abagabo n’abagore n’abana bamaze guca akenge.

3 Kuva kare mu gitondo kugeza saa sita, Ezira asomera Amategeko abari bateraniye ku kibuga cyari imbere y’Irembo ry’Amazi. Hari abagabo n’abagore n’abana baciye akenge. Abantu bose bari bashishikajwe no kumva ibyo asoma.

4 Umwigishamategeko Ezira yari ahagaze ku ruhimbi rw’ibiti rugari bubatse kubera iryo teraniro. Iburyo bwe hari hahagaze Matitiya na Shema, na Anaya na Uriya, na Hilikiya na Māseya. Naho ibumoso bwe, hari hahagaze Pedaya na Mishayeli na Malikiya, na Hashumu na Hashibadana, na Zekariya na Meshulamu.

5 Abantu bose bashoboraga kureba Ezira kuko yari ahagaze kuri rwa ruhimbi abasumba. Abumbuye cya gitabo cy’Amategeko, abantu bose barahaguruka.

6 Nuko Ezira asingiza Uhoraho Imana ikomeye, maze abantu bose barambura amaboko bayerekeje hejuru, barikiriza bati: “Amina! Amina!” Bikubita imbere y’Uhoraho baramuramya, umuntu wese akoza uruhanga ku butaka.

7 Nuko barahaguruka, maze Abalevi ari bo Yoshuwa na Bani, na Sherebiya na Yamini, na Akubu na Shabetayi, na Hodiya na Māseya, na Kelita na Azariya, na Yozabadi na Hanani na Pelaya, batangira kubigisha Amategeko ya Musa.

8 Basomaga Amategeko y’Imana mu gitabo ku buryo bwumvikana, kandi bakayasobanura kugira ngo umuntu wese amenye ibyo basomye.

9 Abantu bumvise ibyasomwaga mu gitabo cy’Amategeko ya Musa, batangira kurira. Nuko umutegetsi Nehemiya na Ezira umutambyi n’umwigishamategeko, hamwe n’Abalevi basobanuriraga abantu ibyo Ezira yasomaga, barababwira bati: “Uyu munsi weguriwe Uhoraho Imana yanyu. Iki si igihe cyo kubabara no kurira!

10 Ahubwo nimusubire iwanyu murye ibyokurya byiza, munywe n’ibyokunywa biryoshye kandi abatagize icyo bategura na bo muboherereze amafunguro. Uyu munsi weguriwe Nyagasani Imana yacu. Ntimushavure kuko ibyishimo Uhoraho abaha, ari byo bibatera imbaraga.”

11 Abalevi na bo bacecekesha abantu, barababwira bati: “Nimutuze. Uyu munsi weguriwe Imana, bityo ntimukwiye gushavura.”

12 Nuko abantu bose barataha bajya kurya no kunywa, ndetse boherereza amafunguro abatabashije kugira icyo bategura. Abantu basābwa n’ibyishimo kuko bari basobanukiwe neza ibyo bari babasomeye.

Bizihiza iminsi mikuru y’Ingando

13 Ku itariki ya kabiri y’uko kwezi, abatware b’amazu yose y’Abayahudi n’abatambyi kimwe n’Abalevi, bateranira aho umwigishamategeko Ezira yari ari, kugira ngo barusheho kumenya Amategeko ya Musa.

14 Basanga mu gitabo cy’Amategeko Uhoraho yari yaratanze ayanyujije kuri Musa, handitse ko Abisiraheli bagombaga kuba mu tuzu tw’ingando, mu gihe cy’iminsi mikuru y’Ingando yo mu kwezi kwa karindwi

15 Basanze kandi ko iyo minsi mikuru yagombaga gutangarizwa abantu bo mu mijyi yose ndetse n’ab’i Yeruzalemu, bakababwira bati: “Nimujye mu misozi muzane amashami y’iminzenze ihingwa, n’ay’iminzenze ya cyimeza n’ay’imihadasi, n’ay’imikindo n’ay’ibiti bitsitse amashami, maze muce ingando nk’uko ibyanditswe bivuga.”

16 Nuko abantu bose bajya kuzana amashami yo kubaka utuzu tw’ingando. Bamwe batwubatse hejuru y’amazuyabo, abandi batwubaka mu ngo zabo, abandi batwubaka mu rugo rw’Ingoro y’Imana, abandi batwubaka ku kibuga cyari imbere y’Irembo ry’Amazi, no ku kibuga cyari imbere y’Irembo rya Efurayimu.

17 Abantu bose batahutse bavuye aho bari barajyanywe ho iminyago, biyubakira utuzu tw’ingando maze batubamo. Cyababereye igihe cyo kunezerwa cyane, kuko kuva mu gihe cya Yozuwe mwene Nuni kugeza icyo gihe, Abisiraheli ntibari barigeze bizihiza batyo iminsi mikuru y’Ingando.

18 Uhereye ku munsi wa mbere w’iminsi mikuru y’Ingando, ukageza ku wa karindwi ari wo waherukaga, buri munsi Ezira yasomaga mu gitabo cy’Amategeko y’Imana. Ku munsi wa munani basoza iteraniro nk’uko imihango yari iri.

Categories
Nehemiya

Nehemiya 9

Abantu bihana ibyaha bakoze

1-2 Ku itariki ya makumyabiri n’enye z’uko kwezi, Abisiraheli kavukire bitandukanya n’abanyamahanga bose, maze bateranira hamwe bigomwa kurya. Bambara imyambaro igaragaza akababaro, biyorera n’umukungugu mu mutwe. Nuko biyemerera ku mugaragaro ko bakoze ibyaha bo na ba sekuruza.

3 Bamara amasaha atatu bahagaze babasomera ibyanditse mu gitabo cy’Amategeko y’Uhoraho Imana yabo. Bamara n’andi masaha atatu birega ibyaha byabo, bikubita imbere y’Uhoraho Imana yabo.

4 Nuko Abalevi ari bo Yoshuwa na Bani na Kadimiyeli, na Shebaniya na Buni na Sherebiya, na Bani wundi na Kenani barahaguruka bahagarara ku ruhimbi, bavuga ijwi rirenga batakambira Uhoraho Imana yabo.

5 Abalevi ari bo Yoshuwa na Kadimiyeli na Bani, na Hashabuneya na Sherebiya na Hodiya, na Shebaniya na Petahiya baravuga bati:

“Nimuhaguruke musingize Uhoraho Imana yanyu,

muhore muyisingiza iteka ryose!”

“Uhoraho, uragahora usingizwa,

ikuzo no gusingizwa ubihebuje ibibaho byose.

Isengesho ryo kwicuza ibyaha

6 Ni wowe wenyine witwa Uhoraho!

Wahanitse ijuru hejuru y’amajuru yose,

waremye n’inyenyeri zose zo muri ryo.

Ni wowe waremye isi n’ibiyiriho byose,

urema n’inyanja n’ibiyirimo byose.

Ni wowe ubeshaho ibiremwa byose,

ingabo zo mu ijuru ni wowe ziramya.

7 Uhoraho Mana, ni wowe watoranyije Aburamu,

wamuvanye muri Uri y’Abanyakalideya,

maze umwita Aburahamu.

8 Wabonye ko akubereye indahemuka,

ugirana na we Isezerano rihamye:

iryo kuzagabira urubyaro rwe igihugu cy’Abanyakanāni n’Abaheti,

n’Abamori n’Abaperizi n’Abayebuzi n’Abagirigashi.

Iryo Sezerano wararisohoje kuko nawe uri indahemuka.

9 “Wabonye imibabaro ya ba sogokuruza bari mu Misiri,

wumvise gutaka kwabo bari ku Nyanja y’Uruseke.

10 Ibimenyetso n’ibitangaza bihambaye

wabyerekaniye ku mwami wa Misiri,

no ku byegera bye n’abaturage b’icyo gihugu.

Koko wabonye agahato bashyiraga kuri ba sogokuruza.

Icyo gihe wabaye ikirangirire ahantu hose,

nk’uko muri iyi minsi uri ikirangirire mu bantu.

11 Amazi y’inyanja wayagabanyijemo kabiri,

Abisiraheli bayambukiranya bigendera ahumutse.

Naho abanzi babo babakurikiye,

wabaroshye ikuzimu muri iyo nyanja,

bamera nk’ibuye riroshywe mu mazi menshi.

12 Ku manywa wayoboraga ba sogokuruza wibereye mu nkingi y’igicu,

nijoro ukabayobora inzira banyuramo, wibereye mu nkingi y’umuriro ubamurikira.

13 Wavuye mu ijuru umanukira ku musozi wa Sinayi

uvugana na bo.

Wabagejejeho ibyemezo biboneye wafashe n’amategeko y’ukuri,

kimwe n’amateka n’amabwiriza bitunganye.

14 Watumye umugaragu wawe Musa kubamenyesha isabato nziranenge,

abamenyesha amabwiriza n’amateka n’andi mategeko wabahaye.

15 “Bagize inzara ubagaburira umugati uturutse mu ijuru,

bagize inyota ubavuburira amazi mu rutare.

Waboherereje kwigarurira igihugu,

icyo warahiye ukomeje ko uzabagabira.

16 Ariko ba sogokuruza baragusuzuguye,

bashinga amajosi yabo ntibumvira amabwiriza yawe.

17 Banze kukumva birengagiza ibitangaza wabakoreye.

Bashinze amajosi barakugomera,

bitoranyijemo umuyobozi wo kubashorera,

kugira ngo bisubiriremu buja bwabo mu Misiri.

Nyamara kandi ntiwabaretse,

kuko uri Imana ibabarira, ugira ubuntu n’impuhwe,

utinda kurakara kandi wuje umurava.

18 Byongeye kandi bashongesheje ubutare,

babucuzemo ishusho y’ikimasa bavuga bati:

‘Ngiyi Imana yanyu yabavanye mu Misiri.’

Bityo baba baragusebeje cyane.

19 Ariko kubera impuhwe zawe nyinshi,

ntiwabaretse bonyine mu butayu.

Ku manywa ya nkingi y’igicu yakomeje kubayobora inzira.

Nijoro ya nkingi y’umuriro ikomeza kubamurikira inzira bagendagamo.

20 Wabahaye Mwuka wawe ugira neza kugira ngo abajijure,

ntiwahwemye kubaha manu yo kubatunga,

no kubaha amazi yo kubamara inyota.

21 Wabitayeho imyaka mirongo ine bari mu butayu,

ntibagize icyo bakena.

Imyambaro yabo ntiyigera isāza,

ibirenge byabo ntibyabyimba.

22 “Wabagabije ibihugu n’ababituye, byose urabibagabanya.

Bigarurira igihugu cy’Umwami Sihoni wari uganje i Heshiboni,

bigarurira n’igihugu cya Bashani cy’Umwami Ogi.

23 Wabahaye urubyaro nyamwinshi nk’inyenyeri zo ku ijuru,

urutuza muri cya gihugu wabwiye ba sekuruza babo kwigarurira.

24 Urubyaro rwabo rugeze muri icyo gihugu ruracyigarurira.

Imbere yarwo uganza Abanyakanāni bene igihugu barukomera yombi,

abami babo n’andi moko wabagabije Abisiraheli kugira ngo babagenze uko bashaka.

25 Bafashe imijyi izengurutswe n’inkuta,

bigaruriye igihugu kirumbuka,

bigarurira n’amazu yuzuye ibintu byiza byinshi.

Bigaruriye kandi amariba yari asanzwe afukuye neza,

bigaruriye n’imizabibu n’iminzenze,

bigarurira n’ibiti byinshi byera imbuto ziribwa.

Barariye barahaga barabyibuha,

badamaraye muri ibyo byiza wabahaye.

26 Nyamara baranze barakugomera,

baciye ku Mategeko yawe,

bageza ubwo bica n’abahanuzi,

abo wabatumagaho kugira ngo bakugarukire,

27 bityo baba baragusebeje cyane.

Wabagabije abanzi babo kugira ngo babakandamize,

bageze iwa ndabaga baragutakambira ubumva uri mu ijuru,

kubera impuhwe zawe nyinshi wabahaye abatabazi,

babagobotoye mu maboko y’abanzi babo.

28 Nyamara babona agahenge bakongera bakagucumuraho,

ukabagabiza abanzi babo kugira ngo babategeke.

Abantu bawe bakongera kugutakambira na none ukabumva uri mu ijuru,

kubera impuhwe zawe, ntiwahwemye kubatabara.

29 Warababuriraga kugira ngo bumvire amategeko yawe,

na bo bakagusuzugura bakanga amabwiriza wabahaye.

Bahinyuraga ibyemezo wafashe, bya bindi bituma umuntu ubikurikije abaho,

bya bindi bibeshaho buri muntu ubyubahiriza.

Bashingaga amajosi, bakazamura intugu ntibakumvire.

30 Uko imyaka ihise indi igataha warihanganaga,

wabatumagaho Mwuka wawe kugira ngo ababurire akoresheje abahanuzi.

Ntibabyitaho maze ubagabiza abanyamahanga.

31 Nyamara kubera impuhwe zawe nyinshi,

ntiwabatsembaho kandi ntiwabareka,

kuko uri Imana igira ubuntu n’impuhwe.

32 “None rero Mana yacu,

urakomeye kandi ufite ububasha n’igitinyiro,

ukomeza Isezerano waduhaye kandi uhorana urukundo.

Kuva igihe cy’abami bo muri Ashūrukugeza uyu munsi,

twebwe n’abami bacu n’abatware bacu,

n’abatambyi bacu n’abahanuzi bacu na ba sogokuruza,

twese ubwoko bwawe twagize amagorwa menshi.

Nuko rero ujye wibuka ibyo byose byatubabaje.

33 Muri ibyo byose byatugezeho twese,

wagaragaje ko uri intabera n’indahemuka,

naho twebwe twagiye duhemuka.

34 Abami bacu n’abatware bacu,

n’abatambyi kimwe na ba sogokuruza,

ntibakurikije Amategeko yawe,

ntibita ku mabwiriza n’imiburo byawe.

35 Bakiri mu bwami bwabo bigenga,

bagifite ibyiza wabahaye,

bakiri mu gihugu kigari kandi kirumbuka,

ntibigeze bakora ibyo ushaka,

cyangwa ngo bareke ibikorwa byabo bibi.

36 None rero dore abanyamahanga batugize abagaragu babo,

turi mu gihugu gakondo wagabiye ba sogokuruza,

kugira ngo batungwe n’imbuto n’ibyiza byacyo.

Nyamara twagizwe abagaragu,

37 kandi kubera ibyaha byacu,

umusaruro mwinshi w’iki gihugu wikubirwa n’abami watugabije,

uduhora ibyaha byacu.

Badutwara uko bashatse twe n’amashyo yacu.

Yewe, turi mu kaga gakomeye!”

Categories
Nehemiya

Nehemiya 10

Basezerana gukurikiza Amategeko y’Imana

1 Kubera ibyo byose byatubayeho twiyemeje gukurikiza amasezerano akubiye mu nyandiko, kandi abatware bacu n’Abalevi bacu n’abatambyi bacu bayashyiraho umukono.

2 Dore urutonde rw’abayashyizeho umukono:

Umutegetsi Nehemiya mwene Hakaliya, hakurikiyeho Sedekiya.

3 Hakurikiyeho Seraya na Azariya na Yeremiya,

4 Pashehuri na Amariya na Malikiya,

5 Hatushi na Shebaniya na Maluki,

6 Harimu na Meremoti na Obadiya,

7 Daniyeli na Ginetoni na Baruki,

8 Meshulamu na Abiya na Miyamini,

9 Māziya na Bilugayi na Shemaya. Abo bose bari abatambyi.

10 Abalevi bari Yoshuwa mwene Azaniya na Binuwi wakomokaga kuri Henadadi na Kadimiyeli,

11 na bene wabo ari bo Shebaniya na Hodiya, na Kelita na Pelaya na Hanani,

12 na Mika na Rehobu na Hashabiya,

13 na Zakuri na Sherebiya na Shebaniya wundi,

14 na Hodiya wundi na Bani na Beninu.

15 Naho ku ruhande rwa rubanda bari abatware b’aya mazu: iya Paroshi na Pahati-Mowabu na Elamu na Zatu na Bani,

16 na Buni na Azigadi na Bebayi,

17 na Adoniya na Bigivayi na Adini,

18 na Ateri na Hezekiya na Azuri,

19 na Hodiya na Hashumu na Besayi,

20 na Harifu na Anatoti na Nebayi,

21 na Magipiyashi na Meshulamu na Heziri,

22 na Meshezabēli na Sadoki na Yaduwa,

23 na Pelatiya na Hanani na Anaya,

24 na Hoseya na Hananiya na Hashubu,

25 na Haloheshi na Piliha na Shobeki,

26 na Rehumu na Hashabuna na Māseya,

27 na Ahiya na Hanani wundi na Anani,

28 na Maluki na Harimu na Bāna.

Amasezerano

29 Twebwe Abayahudi basigaye, abatambyi n’Abalevi, abarinzi b’Ingoro y’Imana n’abaririmbyi, abakozi bo mu Ngoro y’Imana kimwe n’abandi bantu bakurikije Amategeko yayo bakitandukanya n’abanyamahanga, twebwe n’abagore bacu n’abahungu n’abakobwa bacu bamaze guca akenge,

30 hamwe n’abavandimwe bacu b’ibikomerezwa, tugiranye amasezerano n’Imana. Turahiye ko tuzakurikiza Amategeko yayo yaduhaye iyanyujije ku mugaragu wayo Musa. Tuzumvira kandi dukurikize amabwiriza y’Uhoraho Nyagasani, n’ibyemezo yafashe n’amateka ye yose.

31 Byongeye kandi twiyemeje ko abakobwa bacu tutazabashyingira abanyamahanga twasanze muri iki gihugu, kandi n’abakobwa babo ntituzabasabira abahungu bacu.

32 Ku munsi w’isabato cyangwa se ku munsi mukuru uwo ari wo wose, abo banyamahanga nibatuzanira ingano cyangwa ikindi kintu icyo ari cyo cyose kugira ngo tugure, nta cyo tuzagura na bo. Na none kandi uko imyaka irindwi izajya ishira, tuzajya turaza imirima yacu kandi n’abaturimo imyenda bose tuyibaharire.

33 Twishyiriyeho n’amabwiriza ko buri mwaka umuntu wese azajya atanga umusoro w’igiceri cy’ifeza gipima garama enye, ukazajya ukoreshwa ku Ngoro y’Imana yacu.

34 Uwo musoro uzakoreshwa ku byerekeye imigati iturwa Imana, n’amaturo ya buri munsi akomoka ku binyampeke, n’ibitambo bya buri munsi bikongorwa n’umuriro n’ibiturwa ku munsi w’isabato, n’ibiturwa ku munsi ukwezi kwabonetseho cyangwa se ku yindi minsi mikuru. Uwo musoro kandi uzakoreshwa no ku maturo yeguriwe Imana no ku bitambo byo guhongerera ibyaha by’Abisiraheli, no ku yindi mirimo yose ikorwa ku Ngoro y’Imana yacu.

35 Twebwe abatambyi n’Abalevi na rubanda, twakoresheje ubufindo kugira ngo tumenye igihe cy’umwaka buri nzu izajya izaniraho amaturo y’inkwi z’Ingoro y’Imana yacu. Izo nkwi zizacanwa ku rutambiro rw’Uhoraho Imana yacu nk’uko byanditse mu Mategeko.

36 Twiyemeje kandi ko buri mwaka tuzajya tuzana mu Ngoro y’Uhoraho umuganura w’ibyeze mu mirima yacu, kimwe n’uw’ibiti byera imbuto ziribwa.

37 Nk’uko byanditse mu Mategeko, tuzajya tuzana abahungu bacu b’impfura tubegurire Imana yacu mu Ngoro yayo, kimwe n’uburiza bw’amatungo yacu. Tuzazana mu Ngoro y’Imana yacu uburiza bw’amatungo yacu maremare, n’ubw’amatungo yacu magufi, tubishyikirize abatambyi bashinzwe imirimo yo mu Ngoro y’Imana yacu.

38 Byongeye kandi tuzaha abatambyi ifu y’umuganura, n’umuganura w’ibinyampeke n’uw’imbuto ziribwa, n’uwa divayi yacu nshya n’uw’amavuta yacu, maze babishyire mu byumba by’ububiko bw’Ingoro y’Imana yacu. Abalevi kandi bazajya badusanga aho dukora mu mijyi dutuyemo, tubahe kimwe cya cumi cy’ibyeze mu mirima yacu.

39 Umutambyi ukomoka kuri Aroni ajye ajyana n’Abalevi igihe bagiye kwaka kimwe cya cumi. Abalevi na bo bagomba kujya bazana kimwe cya cumi cya kimwe cya cumi bakiriye, bakagishyira mu byumba by’ububiko bw’umutungo w’Ingoro y’Imana yacu.

40 Rubanda rw’Abisiraheli n’Abalevi bazajya bazana amaturo yabo y’ibinyampeke, n’aya divayi nshya n’ay’amavuta, babishyire mu byumba by’ububiko bw’ibikoresho by’Ingoro y’Imana, ari byo byumba abatambyi bafashe igihe abarinzi b’Ingoro n’abaririmbyi bacumbikamo.

Bityo ntituzatererana Ingoro y’Imana yacu.”