Categories
Mwene Siraki

Mwene Siraki 11

1 Niba umuntu ari umukene akagira ubwenge,

uwo mukene aba afite impamvu imutera kwirata,

uwo kandi akwiye guhabwa umwanya mu bakomeye.

Kutishingikiriza ku buranga bw’umuntu

2 Ntugashimagize umuntu kubera uburanga bwe,

ntugasuzugure umuntu kubera isura ye.

3 Uruyuki ni ruto urugeranyije n’ibiguruka,

nyamara ubuki bwarwo buryoha kurusha ibindi byose.

4 Ntugaseke umuntu kubera ko yambaye nabi,

ntugaseke umuntu uri mu ngorane,

koko Uhoraho akora ibintu bitangaje,

ibintu umuntu adashobora gusobanukirwa.

5 Hari abami benshi bacishijwe bugufi,

hari n’abambitswe ikamba nta wabikekaga.

6 Hari benshi mu bakomeye bacishijwe bugufi,

hari n’ab’ibirangirire bategetswe n’abo batakekaga.

Ubwitonzi mu magambo

7 Ujye ubanza ushishoze mbere yo guhinyura,

ujye ubanza utekereze mbere yo kwamagana.

8 Ntukagire uwo uca mu ijambo,

ntugasubize utarumva neza icyo bavuze.

9 Ntukivange mu magambo atakugenewe,

ntukivange mu mpaka z’abanyabyaha.

Kwiringira Imana yonyine

10 Mwana wanjye, ntugakorere imishinga icyarimwe,

nuyikurikirana cyane ntuzayishobora.

Nubwo wakora uko ushoboye ntuzayirangiza,

nubwo wakoresha imbaraga zawe zose bizakunanira.

11 Hari abantu bakora umurimo bashyizeho umwete,

nyamara ntibagere ku ntego yabo.

12 Hari n’abanyantege nke bakeneye ubunganira,

ni abakene nta kintu bagira,

nyamara Uhoraho abarebana impuhwe,

abarebana impuhwe akabakura muri ubwo bukene.

13 Uhoraho atuma begura umutwe,

bityo abantu benshi bakabatangarira.

14 Ibyiza n’ibibi, ubuzima n’urupfu, ubukene n’ubukire,

ibyo byose bikomoka ku Uhoraho.

17 Impano y’Uhoraho ni iy’iteka ku bamwizera,

ubugwaneza bwe buzabayobora iteka ryose.

18 Hari abantu bakizwa no kumenya kuzigama,

nyamara dore igihembo cyabo.

19 Baribwira bati: “Ubu noneho nshobora kuruhuka,

ngiye kunezezwa n’ibyo ntunze”,

nyamara baribeshya kuko batazi igihe bashigaje,

bazapfa maze ibyo byose babisigire abandi.

20 Ujye ukunda umurimo wawe uwiteho,

ujye uwitaho kugeza mu zabukuru.

21 Ntugatangazwe n’ibikorwa by’umunyabyaha,

ujye wiringira Uhoraho wite ku murimo wawe,

koko byoroheye Uhoraho gukungahaza umukene mu kanya gato.

22 Igihembo cy’intungane ni umugisha w’Uhoraho,

umugisha we ntutinda kubageraho.

23 Ntukavuge uti: “Ese ubundi nkeneye iki?

Ni iki kindi ntegereje mu bihe bizaza?”

24 Ntukavuge uti: “Mfite ibimpagije.

None se ni ibihe byago byangwirira?”

25 Igihe cy’amahirwe, amakuba aribagirana,

igihe cy’amakuba, amahirwe aribagirana.

26 Koko byorohera Uhoraho gutegereza ko umuntu apfa,

bityo amugenera ibikwiranye n’imigenzereze ye.

27 Ibyago by’igihe gito byibagiza umunezero,

ibikorwa by’umuntu bigaragara apfuye.

28 Ntukavuge ko umuntu afite amahirwe akiri muzima,

koko ibye bimenyekana amaze gupfa.

Kumenya guhitamo incuti

29 Ntukinjize iwawe umuntu ubonetse wese,

koko imitego y’abagome ni myinshi.

30 Umwirasi ni nk’inkware yafatiwe mu mutego,

ni nk’umutasi urekereje kukurimbura.

31 Atega umutego ibyiza bigahinduka bibi,

ibyari bitunganye bikabonekaho inenge.

32 Agashashi k’umuriro kabyara inkongi,

umunyabyaha atega imitego yica.

33 Ujye wirinda umugome kuko aba agambiriye ikibi,

ujye umwirinda kuko yagusiga ubwandu butazakuvaho.

34 Nucumbikira umunyamahanga azaguteza impagarara,

numucumbikira azaguteranya n’abo mu rugo rwawe.

Categories
Mwene Siraki

Mwene Siraki 12

Kwirinda abatubaha Imana

1 Nugira neza ujye umenya uwo uyigiriye,

bityo uziturwa ibyiza wakoze.

2 Ujye ugirira neza intungane uzabihemberwa,

iyo ntungane nitakwitura, Usumbabyose azakwihembera.

3 Nta cyiza gikwiye kugirirwa umuntu wihambira ku kibi,

nta cyiza gikwiye kugirirwa uwanga gufasha abakene.

4 Ujye ufasha intungane,

ntugafashe umunyabyaha.

5 Ujye ugirira neza uwicisha bugufi,

ntukagirire neza utubaha Imana.

Numufasha uzaba umuhaye urwaho ngo akwice,

ineza yose wamugiriye izagukururira ibyago byikubye kabiri.

6 Koko rero Usumbabyose yanga abanyabyaha,

azabacira urubakwiye.

7 Ujye ugirira neza intungane,

ntugafashe umunyabyaha.

Kwirinda incuti mbi

8 Igihe cy’umunezero nta wumenya incuti nyayo,

nyamara mu gihe cy’amakuba umwanzi arigaragaza.

9 Iyo umuntu anezerewe abanzi be bahekenya amenyo,

iyo ari mu kaga incuti ye iramwigurutsa.

10 Ntukagire ubwo wiringira umwanzi,

ntukamwiringire kuko ububi bwe ari nk’umuringa waguye ingese.

11 N’iyo yakwicisha bugufi akagenda yunamye,

ujye uba maso umugendere kure.

Uzamubere nk’umuntu usukura indorerwamo yafashe ingese,

ujye umenya ko izo ngese zishizeho burundu.

12 Ntukamwiyegereze atakubirindura agafata umwanya wawe,

ntuzamugire icyegera cyawe atazagutwara intebe,

ibyo nibikugeraho ukicuza ni bwo uzasobanukirwa n’imiburo yanjye.

13 Ni nde wababazwa n’umuntu wakinishije inzoka ikamuruma?

Ni nde wababazwa n’umuntu witegeje inyamaswa z’inkazi?

14 Ni na ko nta wababazwa n’umuntu wisunga umunyabyaha,

nta wamubabarira agize ingaruka z’ibicumuro bye.

15 Umunyabyaha mumarana igihe gito,

nyamara iyo ibyago bije aragutererana.

16 Umwanzi akuvugisha neza,

nyamara agambiriye kukuroha mu rwobo.

Umwanzi ahora asa n’ugufitiye impuhwe,

nyamara iyo aguciye urwaho arakwica.

17 Iyo ugize ibyago aza kukureba,

aza yitwaje kugufasha nyamara aguteze umutego.

18 Icyo gihe agaragaza ububi bwe,

azunguza umutwe, agakoma amashyi agukwena.

Categories
Mwene Siraki

Mwene Siraki 13

Kubana n’abo mureshya

1 Iyo umuntu akoze amakakama aramwanduza,

ucuditse n’umwirasi ahinduka nka we.

2 Ntukagerageze kwikorera umutwaro ukabije kuremera,

ntugacudike n’umuntu ukurusha amaboko n’umutungo.

None se ikibindi cyabana gite n’isafuriya?

Iyo bisekuranye ikibindi kirajanjagurika.

3 Iyo umukire arenganyije umuntu aranamutonganya,

nyamara iyo umukene arenganyijwe asaba imbabazi.

4 Iyo ufitiye umukire akamaro akunyunyuza imitsi,

nyamara iyo nta cyo ukimumariye aragutererana.

5 Iyo hari icyo utunze murabana,

bityo akakumaraho ibyawe nta cyo yikanga.

6 Niba agukeneye azakubeshyabeshya,

azagusekera kandi aguhe icyizere,

azakuvugisha neza akubaza ati: “Ukeneye iki?”

7 Azagukoza isoni yagutumiye mu birori,

uzimaraho utwawe umutumira kabiri cyangwa gatatu,

amaherezo azakuzunguriza umutwe agukwena,

bityo azakwigarika nk’aho atakuzi.

8 Uritonde utazavaho uba umupfapfa,

uritonde utazasuzugurwa kubera ubupfapfa bwawe.

9 Umunyacyubahiro nagutumira ntukajye mu mwanya w’imbere,

bityo azongera agutumire.

10 Ntugashake umwanya w’imbere atakwigizayo,

nyamara ntukajye kure cyane atazakwibagirwa.

11 Uzirinde kuganira na we cyane,

ntukiringire amagambo yose akubwira,

koko mu magambo ye n’inseko ye aba akugerageza.

12 Azakumenera amabanga nta mbabazi,

umenye ko atazabura kukubabaza cyangwa kugufungisha.

13 Ujye witonda kandi ugire amakenga,

ujye witonda kuko ukina n’urupfu.

15 Inyamaswa yose ikunda iyo mu bwoko bwayo,

umuntu na we akunda mugenzi we.

16 Inyamaswa z’ubwoko bumwe zirabana,

umuntu na we abana na mugenzi we.

17 None se ikirura gifitanye sano ki n’umwana w’intama?

None se umunyabyaha we afitanye sano ki n’intungane?

18 Mbese impyisi n’imbwa bishobora kubana mu mahoro?

None se umukire n’umukene bashobora kumvikana?

19 Uko indogobe zo mu gasozi ziribwa n’intare,

ni na ko abakire babeshwaho n’abakene.

20 Kwicisha bugufi ni ikizira ku mwirasi,

umukene ni ikizira ku mukire.

21 Iyo umukire agize ibyago incuti ze zimutera inkunga,

nyamara umukene ugize ibyago incuti ze ziramutererana.

22 Iyo umukire akosheje benshi baramushyigikira,

iyo avuze amahomvu barayamushima.

Nyamara iyo umukene akosheje baramucyaha,

iyo avuze ukuri ntibamwitaho.

23 Iyo umukire avuze bose baraceceka bagashima ijambo rye,

nyamara iyo umukene avuze baravuga bati: “Uriya ni nde?”

Iyo ateshutse baramuhutaza.

24 Ubukire buba bwiza iyo butarangwamo icyaha,

ubukene buba bubi iyo buturutse ku cyaha.

25 Ibiri mu mutima w’umuntu ni byo bituma ababara cyangwa anezerwa.

26 Iyo mu maso hakeye umutima uba unezerewe,

nyamara guhimba imigani bisaba gutekereza cyane.

Categories
Mwene Siraki

Mwene Siraki 14

1 Hahirwa umuntu udacumuza ururimi rwe,

ntazigera ababara nk’aho yakoze icyaha.

2 Hahirwa umuntu udashinjwa n’umutimanama we,

hahirwa umuntu udacogora mu ukwizera kwe.

Kwirinda ishyari n’ubugugu

3 Ubukire bumaze iki ku munyabugugu?

Kuba umukire bimaze iki niba udashaka gutanga?

4 Umuntu uhunika gusa ataryaho aba ahunikira abandi,

abo ni bo bazagira imibereho myiza.

5 Uwiyima ubwe ni nde yagirira neza?

Ubukungu bwe ntibuzamunezeza.

6 Nta kintu kibi nk’umuntu wiyima,

iyo ni yo ngaruka y’ubugome bwe.

7 Iyo agize neza ni uko aba acitswe,

amaherezo ingeso ye mbi izagaragara.

8 Umuntu ureba abandi nabi aba ari umugome,

ahunza abantu amaso akabasuzugura.

9 Ijisho ry’umunyabugugu ntirinyurwa n’ibyo atunze,

ubugugu butuma umutima ucika intege.

10 Umunyabugugu akomera ku mugati we,

nta byokurya birangwa ku meza ye.

Gukoresha neza umutungo

11 Mwana wanjye, ujye winezeza uko ushoboye kose mu mutungo wawe,

ujye utura Uhoraho amaturo amukwiriye.

12 Ujye wibuka ko urupfu ruri bugufi,

koko ntuzi igihe uzapfira.

13 Mbere y’uko upfa ujye ugirira neza mugenzi wawe,

ujye umuha uko ushoboye kose utitangiriye itama.

14 Ntukigomwe umunsi w’ibyishimo,

ntukigomwe icyo umutima ushaka.

15 Ujye umenya ko hari igihe uzasigira abandi ibyo waruhiye,

ibyo wagezeho bazabigabana bakoresheje ubufindo.

16 Ujye utanga nawe uzahabwa,

ujye winezeza kuko nta munezero uba ikuzimu.

17 Umubiri w’umuntu usaza nk’umwenda,

koko ni itegeko ridakuka, ni ngombwa gupfa.

18 Nk’uko igiti gifite amababi menshi amwe ahunguka andi akamera,

ni ko abantu bapfa abandi bakavuka.

19 Igikorwa cy’umuntu cyose gihinduka umukungugu,

uwagikoze na we ajyana na cyo.

Gushakashaka ubuhanga

20 Hahirwa umuntu uzirikana ubuhanga,

hahirwa umuntu utekereza akoresheje ubwenge.

21 Hahirwa umuntu ukurikira amayira yabwo,

bityo akazirikana amabanga yabwo!

22 Uwo muntu akurikira uburari bwabwo nk’umuhigi,

abutegerereza aho buri bunyure.

23 Arebera mu madirishya yabwo,

abwumva ari ku muryango wabwo.

24 Uwo muntu atura hafi y’inzu yabwo,

ashinga imambo ku nkuta zabwo.

25 Ashinga ihema rye hafi yabwo,

bityo agatura ahari amahirwe.

26 Abwegurira abana be ngo bubarinde,

atura munsi y’amashami yabwo.

27 Bumurinda icyocyere,

yibera mu ikuzo ryabwo.

Categories
Mwene Siraki

Mwene Siraki 15

1 Iyo ni yo migenzereze y’umuntu wubaha Uhoraho,

ukurikiza Amategeko aronka ubuhanga.

2 Buzamusanganira nk’umubyeyi,

buzamwakira nk’umugeni wabwo.

3 Buzamugaburira ibyokurya by’ubwenge,

buzamuhembuza amazi y’ubumenyi.

4 Nabwishingikirizaho ntazagwa,

nabutsimbararaho ntazakorwa n’isoni.

5 Buzamuha icyubahiro arute bagenzi be,

buzamuha ubushobozi bwo kuvuga mu ikoraniro.

6 Azagira umunezero n’ibyishimo byinshi,

azaba ikirangirire iteka ryose.

7 Abapfapfa ntibazigera bagira ubuhanga,

abanyabyaha na bo ntibazigera babubona.

8 Ubuhanga butura kure y’umwirasi,

abanyabinyoma ntibazigera babutekereza.

9 Umunyabyaha ntakwiriye kubusingiza,

ntakwiriye kubusingiza kuko atabugabiwe n’Uhoraho.

10 Ubuhanga nibwo butuma umuntu asingiza Imana,

Uhoraho ni we ubumuha.

Umuntu arigenga

11 Ntukavuge uti: “Uhoraho ni we wanteye gucumura”,

koko icyo Uhoraho yanga ntiyagikora.

12 Ntuzavuge uti: “Ni we wanyobeje”,

koko umunyabyaha nta cyo yamumarira.

13 Uhoraho yamagana ibizira byose,

abamwubaha na bo barabyanga.

14 Mu ntangiriro Uhoraho ni we waremye umuntu,

yamuhaye ububasha bwo kwigenga.

15 Nubishaka uzakurikiza Amategeko,

kuyoboka Imana bizaterwa n’ubushake bwawe.

16 Uhoraho yagushyize imbere umuriro n’amazi,

rambura ukuboko kwawe uhitemo kimwe muri byo.

17 Imbere y’abantu hari ubuzima n’urupfu,

buri wese azahabwa ikimunyuze.

18 Koko rero ubuhanga bw’Uhoraho burahebuje,

afite ububasha bukomeye kandi abona byose.

19 Amaso ye ayahoza ku bamwubaha,

azi ibyo abantu bakora byose.

20 Nta we yigeze ategeka kuba umugome,

nta n’uwo yahaye uburenganzira bwo gucumura.

Categories
Mwene Siraki

Mwene Siraki 16

Abagome bazahanwa

1 Ntukifuze kugira abana benshi b’imburamumaro,

ntugashimishwe no kugira abana b’abagome.

2 Ntukishimire ko ari benshi,

ntukabyishimire niba batubaha Uhoraho.

3 Ntukizere ko bazarama,

ntukiringire umubare wabo.

Koko umwana umwe mwiza aruta benshi,

gupfa bucike biruta kubyara abagome.

4 Umunyabwenge umwe atuma umujyi ubamo abantu benshi,

nyamara ku bw’agatsiko k’abagome umujyi uzahinduka amatongo.

5 Jye ubwanjye niboneye ibintu byinshi,

numvise ibintu byinshi cyane kandi bitangaje.

6 Umuriro uragurumana mu ikoraniro ry’abanyabyaha,

uburakari bw’Imana burarimbura inyoko y’abagome.

7 Ntiyigeze ababarira ibihangange bya kera byamugomeye,

ntiyababariye ibihangange byiringiraga imbaraga zabyo.

8 Ntiyababariye abantu bo mu mujyi Loti yari atuyemo,

ntiyababariye abo bantu bamuteraga ishozi kubera ubwirasi bwabo.

9 Ntiyababariye ubwo bwoko bwagombaga kurimbuka,

ubwo bwoko bwarimbutse kubera ibyaha byabwo.

10 Nta n’ubwo yababariye ba Bisiraheli ibihumbi magana atandatu,

Abisiraheli baguye mu butayu bazize kwigomeka.

11 N’iyo haza gusigara umugome umwe byari kuba igitangaza iyo adahanwa,

Uhoraho agira impuhwe ariko ashobora no kurakara,

afite ubushobozi bwo kubabarira no kurakara.

12 Uko imbabazi ze ari nyinshi ni na ko igihano cye gikomeye,

acira abantu imanza akurikije ibikorwa byabo.

13 Umunyabyaha ntazashobora gucikana ibyo yibye,

nyamara intungane zihangana ntizizakorwa n’isoni.

14 Intungane izahabwa ingororano iyikwiriye,

buri muntu azahabwa ibihwanye n’ibikorwa bye.

Nta washobora guhunga Uhoraho

17 Ntukavuge uti: “Nzihisha Uhoraho,

nta muntu wo mu ijuru uzanyibuka!

Mu bantu benshi sinteze kumenyekana,

mbese ubundi ndi iki mu byaremwe byose?”

18 Uhoraho naza byose bizahinda umushyitsi,

isi n’inyanja, ikirere n’ijuru hejuru yacyo.

19 Imisozi n’imfatiro z’isi bihinda umushyitsi,

bihinda umushyitsi iyo Uhoraho abirebye.

20 Nyamara ibyo byose nta muntu ubitekereza,

ni nde ushobora kumenya inzira z’Uhoraho?

21 Ntukavuge uti: “Ninkora icyaha ntawe uzambona,

ningikora mu ibanga nta wuzabimenya.

22 Ninkora ibitunganye ni nde uzabyamamaza,

ninkurikiza Amategeko y’Uhoraho bizamarira iki?”

23 Ibyo ni byo umuntu utazi ubwenge atekereza,

umupfapfa atekereza iby’ubupfapfa.

Ubuhanga bw’Imana mu irema

24 Mwana wanjye, ntega amatwi kandi wite ku byo nkubwira,

nubikurikiza uzaronka ubuhanga.

25 Ngiye kuguha inyigisho y’ingirakamaro,

nzakwigisha ubwenge nyakuri.

26 Mu ntangiriro Uhoraho yararemye,

buri kiremwa cyose yagihaye umwanya wacyo.

27 Ibyo yaremye yabihaye gahunda y’iteka ryose,

yabihaye amategeko abigenga mu bihe byose.

Ntibyigera bigira inzara cyangwa umunaniro,

ntibyigera bihagarika umurimo wabyo.

28 Nta na kimwe kigongana n’ikindi,

ntibyigera bisuzugura ijambo rye.

29 Hanyuma Uhoraho yitegereje isi,

yarayitegereje ayisenderezaho ibyiza bye.

30 Yayihundajeho ibinyabuzima by’amoko yose,

ibinyabuzima bigomba gupfa bigahinduka umukungugu.

Categories
Mwene Siraki

Mwene Siraki 17

Iremwa ry’umuntu

1 Uhoraho yabumbye umuntu mu gitaka,

azamusubiza muri icyo gitaka.

2 Yageneye abantu igihe cyo kubaho,

yabahaye kugenga ibintu byose byo ku isi.

3 Yabaremye mu ishusho ye,

na bo yabahaye ububasha.

4 Yabahaye ububasha bwo gutegeka inyamaswa n’inyoni n’ibisiga,

yabahaye ububasha bwo gutinywa n’ibinyabuzima byose.

6 Yabahaye ururimi n’amaso n’amatwi,

yabahaye n’ubwenge bwo gutekereza.

7 Yabasenderejemo ubumenyi n’ubwenge,

yabahaye kumenya icyiza n’ikibi.

8 Yashyize ubushishozi mu mitima yabo,

yabubashyizemo kugira ngo abereke ubwiza bw’ibiremwa bye.

10 Bashobora gusingiza izina rye rizira nenge,

bashobora kwamamaza ibikorwa bye by’agatangaza.

Isezerano n’Amategeko

11 Uhoraho ntiyahaye abantu ubushishozi bwonyine,

yabahaye kandi n’itegeko ribeshaho.

12 Yagiranye na bo Isezerano rihoraho,

yabahishuriye amabwiriza ye.

13 Babonye ubwiza bw’ikuzo rye,

bumvise ijwi rye rihebuje.

14 Yarababwiye ati: “Mujye mwirinda ubuhemu ubwo ari bwo bwose”,

yabategetse uko bakwiriye kubana na bagenzi babo.

Imana ireba ibyo abantu bakora byose

15 Imana izi imigenzereze y’abantu,

nta kintu na kimwe gishobora kuyihisha.

17 Buri gihugu yagihaye umutware,

nyamara Isiraheli yo ni umugabane w’Uhoraho.

19 Ibikorwa byabo byose bigaragara imbere ye,

ahora ahanze amaso imigenzereze yabo.

20 Ubuhemu bwabo ntibushobora kumwihisha,

ibyaha byabo byose bigaragara imbere ye.

22 Imfashanyo muntu atanze imubera nk’impeta y’agaciro,

igikorwa cyiza na cyo gifite agaciro nk’imboni y’ijisho rye.

23 Hanyuma azaza abacire imanza akurikije ibikorwa byabo,

buri muntu azamugenera ibimukwiye.

24 Nyamara abihannye azabemerera kumugarukira,

azahumuriza abacitse intege.

Guhamagarirwa kugarukira Imana

25 Garukira Uhoraho ureke gukora ibyaha,

ujye umwambaza ureke kumucumuraho.

26 Garukira Usumbabyose wirinde gukora ikibi,

ujye wamaganira kure icyo yanga.

27 Ni nde uzaba ari ikuzimu agasingiza Usumbabyose?

Abazima ni bo bashobora kumusingiza.

28 Umuntu muzima ni we ushobora gusingiza Uhoraho,

nyamara uwapfuye ntashobora kumusingiza.

29 Mbega ukuntu urukundo rw’Uhoraho ruhebuje!

Mbega ukuntu agirira impuhwe abamugarukira!

30 Abantu ntibashobora gutunganya byose,

koko mwene muntu ntahoraho iteka.

31 Ni iki kirusha izuba kumurika?

Nyamara na ryo rirarenga rikazima,

rirazima nk’umuntu w’inkozi y’ibibi.

32 Imana igenzura ingabo zose zo mu kirere,

nyamara abantu ni umukungugu n’ivu.

Categories
Mwene Siraki

Mwene Siraki 18

Ubuhangange bw’Imana

1 Uhoraho ahoraho iteka ryose,

ni we waremye ibiriho byose.

2 Uhoraho wenyine ni we ntungane.

4 Nta muntu yahaye ububasha bwo kwamamaza ibikorwa bye,

ni nde washobora kugenzura ibikorwa bye bitangaje?

5 Ni nde washobora kugereranya ububasha bw’ikuzo rye?

Ni nde washobora kurondora impuhwe ze?

6 Nta cyo umuntu ashobora kubigabanyaho cyangwa kubyongeraho,

nta wushobora gusobanukirwa n’ibitangaza by’Uhoraho.

7 Iyo umuntu yibwira ko abisobanukiwe neza ni bwo aba abitangiye,

iyo abiretse ntamenya aho yari ageze.

Umuntu ni iki?

8 Umuntu ni iki?

Mbese amaze iki?

Ibyiza cyangwa ibibi akora bimaze iki?

9 Iyo umuntu abayeho imyaka ijana aba aramye.

10 Nyamara ugereranyije n’ibihe bizira iherezo,

iyo myaka ni nk’igitonyanga cy’amazi mu nyanja,

ni nk’akabuye gato mu musenyi mwinshi.

11 Ni yo mpamvu Uhoraho yihanganira abantu,

ni yo mpamvu abasesekazaho impuhwe ze.

12 Arareba kandi azi ko amaherezo yabo ari mabi,

bityo arushaho kubagirira impuhwe.

13 Umuntu agirira impuhwe mugenzi we,

nyamara Uhoraho azigirira abantu bose.

Arabacyaha, akabahana kandi akabigisha,

arabatarura nk’uko umushumba atarura intama ze.

14 Agirira impuhwe abemera kwigishwa,

azigirira abitabira Amategeko ye.

Uburyo bwiza bwo gutanga imfashanyo

15 Mwana wanjye, ineza yawe ntukayigerekeho incyuro,

nutanga imfashanyo ntukayigerekeho imvugo mbi.

16 Mbese urume ntirucubya ubushyuhe?

Ni na ko ijambo ryiza riruta impano.

17 Koko rero ijambo ryiza riruta impano,

ibyo byombi ni byo biranga umugiraneza.

18 Umupfapfa yamagana umukene nta cyo amuhaye,

impano y’umunyeshyari iriza uyihawe.

Ubushishozi bw’abanyabwenge

19 Mbere yo kuvuga ujye ubanza utekereze,

ujye wirinda indwara itaragufata.

20 Ujye wisuzuma mbere y’uko ucirwa urubanza,

bityo igihe nikigera uzababarirwa.

21 Ujye wicisha bugufi mbere y’uko ufatwa n’indwara,

nukora icyaha ujye wicuza.

22 Nuhigira Uhoraho umuhigo ujye uwusohoza,

ntugategereze urupfu kugira ngo uwuhigure.

23 Mbere yo guhigira Uhoraho umuhigo ujye ubanza utekereze neza,

ntukabe nk’umuntu ugerageza Uhoraho.

24 Ujye wibuka ko Uhoraho ashobora kukurakarira mu bihe byawe bya nyuma,

ujye wibuka ko ashobora kugutererana ntakwiteho.

25 Mu gihe ufite ibigutunga bihagije ujye uzirikana n’igihe cy’inzara,

mu bukire bwawe ujye uzirikana ko ushobora gukena ugatindahara.

26 Mu munsi umwe ibintu bishobora guhinduka,

Uhoraho ashobora guhindura ibintu bwangu.

27 Umunyabwenge ahorana ubushishozi muri byose,

iyo yugarijwe n’icyaha aracyirinda.

28 Umubwenge asobanukirwa ibyerekeye ubuhanga,

yubaha umuntu wese ubufite.

29 Abantu basobanukirwa imvugo y’abahanga na bo baba abahanga,

abo ni bo baca imigani ihebuje.

Kumenya kwifata

30 Ntugatwarwe n’ibyifuzo bibi,

ntugatwarwe n’irari.

31 Ntukemere gutwarwa n’ibyifuzo byawe bibi,

ntukabyemere abanzi bawe batazaguhindura urw’amenyo.

32 Ntukirohe mu bintu by’iraha,

ujye ubyirinda bitazagusiga iheruheru.

33 Ntukinezeze ufata imyenda,

ntukinezeze kandi ari nta cyo ufite.

Categories
Mwene Siraki

Mwene Siraki 19

1 Umukozi ukunda gusinda ntapfa akize,

umuntu usuzugura utuntu duto buhoro buhoro arakena.

2 Kurarikira divayi n’abagore birindagiza abanyabwenge,

umugabo ucudika n’indaya ntaba agikorwa n’isoni.

3 Uko kudakorwa n’isoni kwe kuzamukururira urupfu,

azaribwa n’inyo n’ibishorobwa.

Kwirinda kuvuga menshi

4 Uwihutira kwiringira abantu aba ari umupfapfa,

iyo umuntu akoze icyaha aba yihemukiye ubwe.

5 Uwishimira ikibi azahanwa,

6 uwanga kuvuga menshi aba yirinze ikibi.

7 Ujye wirinda kuzimurira abandi,

bityo nta cyo uzahomba.

8 Ntukabwire incuti cyangwa umwanzi ibyo wumvise,

ntukabibabwire keretse niba byagutera gucumura.

9 Nihagira ukumva uzimura azagusuzugura,

igihe nikigera azakwanga urunuka.

10 Nugira icyo wumva uzakigire ibanga,

humura ibyo nta cyo bizagutwara.

11 Iyo umupfapfa agerageje kugira ibanga biramubabaza,

bimutera ububabare nk’ubw’umugore uri ku nda.

12 Kubika ibanga bimerera nabi umupfapfa,

bimubabaza nk’aho arashwe umwambi mu kibero.

Kwitondera amagambo wumvise

13 Niba wumvise ikibi kivugwa kuri mugenzi wawe ujye ubanza umusobanuze,

koko birashoboka ko nta cyo yakoze,

niba kandi ari iby’ukuri ntazongera kugikora.

14 Niwumva ko mugenzi wawe yazimuye ujye ubanza umusobanuze,

koko birashoboka ko nta cyo yavuze,

niba kandi ari iby’ukuri ntazongera kuzimura.

15 Nugira ikibi wumva kuri mugenzi wawe ujye ubanza umusobanuze,

koko bishobora kuba ari ibinyoma,

ntukizere icyo abantu bavuze cyose.

16 Hariho uteshuka mu magambo atabigambiriye,

ni nde ibyo bitigeze bibaho?

17 Ujye ubanza usobanuze mugenzi wawe mbere yo kumucyaha,

bityo uzaba ukurikije itegeko ry’Usumbabyose.

Kumenya ubuhanga nyakuri

20 Ubuhanga bwose ni ukubaha Uhoraho,

ubuhanga bwose bujyana no kubaha amategeko.

22 Kumenya ikibi si bwo buhanga,

gukurikiza inama z’abanyabyaha si ko kumenya ubwenge.

23 Hari ubwenge bukwiye kwamaganwa,

ubuze ubuhanga aba ari umupfapfa.

24 Ni byiza ko umuntu yagira ubwenge buke akubaha Uhoraho,

uwo aruta ufite ubwenge bwinshi udakurikiza Amategeko.

25 Hari abantu b’abanyabwenge cyane ariko bakariganya,

hari n’abakoresha ubuhemu kugira ngo baronke uburenganzira badakwiye.

26 Hari abantu bagenda berekana ko bafite agahinda,

nyamara mu mutima wabo huzuye uburyarya.

27 Bubika umutwe kandi bakica amatwi,

nyamara iyo utabatahuye bakugirira nabi.

28 Iyo badafite ubushobozi bwo gukora ikibi ntibagikora,

nyamara iyo babonye umwanya baragikora.

29 Indoro y’umuntu ni yo imuranga,

umunyabwenge na we umumenya mushyikiranye.

30 Imyambarire y’umuntu, inseko ye n’imyitwarire ye,

ibyo bigaragaza uwo ari we.

Categories
Mwene Siraki

Mwene Siraki 20

Kuvuga mu gihe gikwiye

1 Hari ubwo umuntu acyahwa bitari bikwiye,

guceceka ni byiza kuruta kuvuga.

2 Ni byiza gucyaha umuntu aho kumurakarira.

3 Uwemeye icyaha cye aba yirinze ingorane.

4 Umuntu ushaka kwirenganura akoresheje igitugu,

uwo ameze nk’inkone ifata umukobwa ku ngufu.

5 Umuntu ukunda kwicecekera aba ari umunyabwenge,

uvuga menshi atuma bamwanga.

6 Hari uwicecekera kuko nta gisubizo afite,

hari uwicecekera ategereje igihe gikwiye.

7 Umunyabwenge araceceka agategereza igihe gikwiye,

nyamara umwirasi n’umupfapfa ntibazi igihe gikwiye.

8 Umuntu uvuga menshi atuma bamwanga,

uwizimba mu magambo yikururira urwango.

Iby’isi ni amabanga

9 Hari ubwo umuntu yungukira mu byago,

hari n’ubwo ahombera mu mahirwe.

10 Hari ibyo utanga bikakubera impfabusa,

hari n’ibyo utanga bikakugarukira incuro ebyiri.

11 Hari ubwo ikuzo rituma umuntu acishwa bugufi,

hari n’ubwo uwacishijwe bugufi yegura umutwe.

12 Hari ubwo umuntu yibwira ko aguze ibintu ku giciro gito,

nyamara hari ubwo aba ahenzwe bikabije.

13 Imvugo y’umunyabwenge ituma akundwa,

ariko amashyengo y’umupfapfa amupfira ubusa.

14 Impano uhawe n’umupfapfa nta cyo izakumarira,

koko aba agutegerejeho inyiturano irenze ibyo yaguhaye.

15 Atanga bike ariko agahora abigucyurira,

agenda abitangaza hose.

Uyu munsi aragutiza ejo akagatiruza,

uwo muntu ni uwo kwirinda.

16 Umupfapfa aravuga ati: “Nta ncuti ngira,

ineza yanjye nta muntu uyinshimira,

abarya ibyanjye bamvuga nabi.”

17 Nyamara umuntu nk’uwo bamugira urw’amenyo.

Kwirinda imvugo idakwiye

18 Ni byiza kunyerera ku mbuga aho guteshuka mu mvugo,

uko ni ko abagome barimbuka bidatinze.

19 Umuntu w’ikiburaburyo ni nk’inkuru ivuzwe igihe kidakwiye,

ni nk’inkuru abapfapfa bahoza mu kanwa.

20 Umugani uciwe n’umupfapfa urahinyurwa,

koko uba uciwe mu gihe kidakwiye.

21 Hari ubwo ubukene bubuza umuntu gucumura,

uwo aruhuka nta cyo yikanga.

22 Umuntu ashobora kwigirira nabi abitewe n’isoni,

ashobora no kwigirira nabi abitewe n’abandi.

23 Isoni zituma umuntu yemerera mugenzi we ibidashoboka,

bityo akaba yikururiye umwanzi nta mpamvu.

24 Ikinyoma ni ikosa ribi ku muntu,

ni ikosa rikunze gukorwa n’abapfapfa.

25 Kuba igisambo biruta kuba umubeshyi,

nyamara abo bombi bazarimbuka.

26 Imyifatire y’umubeshyi itesha agaciro,

umubeshyi ahorana ikimwaro.

Gucunga ubwenge

27 Amagambo y’umunyabwenge amuteza imbere,

umuntu ushyira mu gaciro anyura abategetsi.

28 Umuhinzi mwiza agira umusaruro mwinshi,

unyura abategetsi ababarirwa amakosa ye.

29 Ruswa iyo ari yo yose ihuma amaso y’abanyabwenge,

ibabuza kugira uwo bacyaha.

30 Ubuhanga buhishwe ni nk’umutungo utagaragara,

ibyo byombi nta cyo bimaze

31 Umuntu uhisha ubupfapfa aruta uhisha ubuhanga bwe.