Categories
Matayo

Matayo 1

Ibisekuruza bya Yezu

1 Dore uko ibisekuruza bya Yezu Kristo ukomoka kuri Dawidi no kuri Aburahamu bikurikirana:

2 Aburahamu yabyaye Izaki, Izaki abyara Yakobo, Yakobo abyara Yuda n’abavandimwe be.

3 Yuda abyara Perēsi na Zera ababyaranye na Tamari, Perēsi abyara Hesironi, Hesironi abyara Aramu,

4 Aramu abyara Aminadabu, Aminadabu abyara Nahasoni, Nahasoni abyara Salumoni.

5 Salumoni abyara Bowazi amubyaranye na Rahabu, Bowazi abyara Obedi amubyaranye na Ruti, Obedi abyara Yese.

6 Yese abyara Umwami Dawidi.

Dawidi yabyaye Salomo amubyaranye na muka Uriya.

7 Salomo abyara Robowamu, Robowamu abyara Abiya, Abiya abyara Asa.

8 Asa abyara Yozafati, Yozafati abyara Yoramu, Yoramu abyara Uziya.

9 Uziya abyara Yotamu, Yotamu abyara Ahazi, Ahazi abyara Hezekiya.

10 Hezekiya abyara Manase, Manase abyara Amoni, Amoni abyara Yosiya.

11 Yosiya abyara Yekoniya n’abavandimwe be, babayeho igihe Abayuda bajyanwaga ho iminyago i Babiloni.

12 Nyuma y’aho bajyaniwe i Babiloni, Yekoniya yabyaye Salatiyeli, Salatiyeli abyara Zerubabeli.

13 Zerubabeli abyara Abiyudi, Abiyudi abyara Eliyakimu, Eliyakimu abyara Azori.

14 Azori abyara Sadoki, Sadoki abyara Akimu, Akimu abyara Elihudi.

15 Elihudi abyara Eleyazari, Eleyazari abyara Matani, Matani abyara Yakobo.

16 Yakobo abyara Yozefu umugabo wa Mariya, ari na we nyina wa Yezu witwa Kristo.

17 Kuva kuri Aburahamu kugeza kuri Dawidi hari ibisekuruza cumi na bine, kuva kuri Dawidi kugeza bajyanywe i Babiloni na byo ni cumi na bine, no kuva bajyanywe i Babiloni kugeza kuri Kristo ni cumi na bine.

Ivuka rya Yezu Kristo

18 Dore uko byagenze mu ivuka rya Yezu Kristo. Nyina Mariya wari warasabwe na Yozefu, yasamye inda bitewe na Mwuka Muziranenge kandi atari yabana n’umugabo we.

19 Yozefu akaba umuntu w’intungane, ntiyashaka kumukoza isoni, ni bwo yigiriye inama yo kumubenga rwihishwa.

20 Akiri muri ibyo umumarayika wa Nyagasani amubonekera mu nzozi, aramubwira ati: “Yozefu mwene Dawidi, witinya kuzana umugeni wawe Mariya, kuko iyo nda yayisamye bitewe na Mwuka Muziranenge.

21 Azabyara umuhungu umwite Yezu, kuko ari we uzakiza abantu be ibyaha.”

22 Byose byabereye kugira ngo bibe nk’uko Nyagasani yari yaratumye umuhanuzi kubivuga ati:

23 “Dore umukobwa w’isugi azasama inda,

azabyara umwana w’umuhungu,

bazamwita Emanweli.”

(Risobanurwa ngo “Imana iri kumwe natwe.”)

24 Yozefu akangutse abigenza uko umumarayika wa Nyagasani yari yamutegetse, azana umugeni we.

25 Ariko ntibaryamana kugeza igihe yabyariye umwana w’umuhungu. Uwo mwana Yozefu amwita Yezu.

—https://api-cdn.youversionapi.com/audio-bible-youversionapi/126/32k/MAT/1-c8d4c8b503b0ff0344b46746d3a6b8de.mp3?version_id=387—

Categories
Matayo

Matayo 2

Abahanga mu by’inyenyeri baza kuramya Yezu

1 Yezu amaze kuvukira i Betelehemu mu ntara ya Yudeya ku ngoma y’Umwami Herodi, haza abahanga mu by’inyenyeri baturutse iburasirazuba bagera i Yeruzalemu.

2 Barabaza bati: “Umwami w’Abayahudi uherutse kuvuka ari hehe? Twabonye inyenyeri ye turi iburasirazuba, none twari tuje kumuramya.”

3 Umwami Herodi yumvise ibyo ahagarika umutima, we n’abaturage bose b’i Yeruzalemu.

4 Nuko akoranya abakuru bo mu batambyi n’abigishamategeko bose b’Abisiraheli, ababaza aho Kristo yajyaga kuzavukira.

5 Baramusubiza bati: “Ni i Betelehemu mu ntara ya Yudeya, kuko ari ko byanditswe n’umuhanuzi ngo:

6 ‘Nawe Betelehemu yo mu Buyuda,

ntabwo uri uw’inyuma mu butegetsi bw’u Buyuda,

kuko muri wowe hazaturuka umutegetsi,

azaba umushumba w’ubwoko bwanjye bw’Abisiraheli.’ ”

7 Nuko Herodi atumiza ba bahanga arabihererana, ababaza neza igihe baboneye ya nyenyeri.

8 Nuko abatuma i Betelehemu avuga ati: “Nimugende mubaririze neza iby’uwo mwana. Nimumubona muzabimenyeshe, nanjye njye kumuramya.”

9 Bamaze kumva amagambo y’umwami baragenda. Ni bwo iyo nyenyeri bari babonye bakiri iburasirazuba ibagiye imbere, irinda igera hejuru y’aho umwana ari irahahagarara.

10 Babonye iyo nyenyeri barishima cyane.

11 Nuko binjira mu nzu basanga umwana ari kumwe na nyina Mariya, bamwikubita imbere baramuramya. Bahambura ibintu bazanye bifite agaciro barabimutura. Byari izahabu n’ububani n’imibavu y’igiciro.

12 Nuko Imana imaze kubaburira mu nzozi ngo be gusubira kwa Herodi, baherako banyura indi nzira basubira mu gihugu cyabo.

Guhungira mu Misiri

13 Bamaze kugenda umumarayika wa Nyagasani abonekera Yozefu mu nzozi, aramubwira ati: “Byuka ujyane umwana na nyina muhungire mu gihugu cya Misiri, mugumeyo kugeza igihe nzakubwirira, kuko Herodi agiye gushaka umwana ngo amwice.”

14 Iryo joro Yozefu arabyuka, ajyana umwana na nyina bajya mu Misiri.

15 Bagumayo kugeza igihe Herodi apfiriye. Ibyo byabereyeho kugira ngo bibe uko Nyagasani yari yaravuze atumye umuhanuzi ati: “Umwana wanjye naramuhamagaye ngo ave mu Misiri.”

Abana bicwa

16 Herodi abonye ko ba bahanga bamutengushye ararakara cyane. Nuko yohereza abantu kwica abana b’abahungu bose b’i Betelehemu n’abo mu mirenge yose ihakikije, bamaze imyaka ibiri cyangwa batarayigezaho, agereranyije n’igihe ba bahanga bari bamubwiye ko ari bwo babonye ya nyenyeri.

17 Bityo biba uko byavuzwe n’umuhanuzi Yeremiya agira ati:

18 “Induru yumvikaniye i Rama,

humvikanye n’amarira n’umuborogo mwinshi.

Rasheli araririra abana be,

yanze guhozwa kuko batakiriho.”

Bava mu Misiri

19 Nuko Herodi amaze gupfa, umumarayika wa Nyagasani abonekera Yozefu mu nzozi akiri mu Misiri,

20 aramubwira ati: “Byuka ufate umwana na nyina musubire mu gihugu cya Isiraheli, kuko abashakaga kwica uwo mwana batakiriho.”

21 Yozefu arabyuka ajyana umwana na nyina, bagerana mu gihugu cya Isiraheli.

22 Ariko yumvise ko Arikelawo mwene Herodi yabaye Umwami w’i Yudeya asimbuye se, atinya kujyayo. Ni ko kuburirwa ari mu nzozi ngo ajye mu ntara ya Galileya.

23 Nuko ajyayo atura mu mujyi witwa Nazareti, kugira ngo bibe nk’uko byavuzwe n’abahanuzi ngo: “Azitwa Umunyanazareti.”

—https://api-cdn.youversionapi.com/audio-bible-youversionapi/126/32k/MAT/2-5ad2d23efd1ea5cfed53f09c0c627ccb.mp3?version_id=387—

Categories
Matayo

Matayo 3

Yohani Mubatiza yigisha kandi abatiza

1 Icyo giheYohani Mubatiza atunguka mu butayu bwo muri Yudeyaatangaza ati:

2 “Nimwihane kuko ubwami bw’ijuru bwegereje!”

3 Yohani uwo ni we wari waravuzwe n’umuhanuzi Ezayi ngo:

“Nimwumve ijwi ry’urangururira mu butayu ati:

‘Nimutunganye inzira ya Nyagasani,

nimuringanize aho azanyura.’ ”

4 Yohani yambaraga umwambaro uboheshejwe ubwoya bw’ingamiya, awukenyeje umukandara w’uruhu. Yatungwaga n’isanane n’ubuki bw’ubuhura.

5 Abaturage b’i Yeruzalemu n’abo mu ntara yose ya Yudeya n’abo mu karere kose kegereye uruzi rwa Yorodani baramusangaga,

6 akababatiriza mu ruzi rwa Yorodani, bemerera mu ruhame ibyaha byabo.

7 Yohani abonye Abafarizayi n’Abasaduseyi benshi baje kubatizwa arababwira ati: “Mwa rubyaro rw’impiri mwe, ni nde wabagiriye inama yo guhunga uburakari bw’Imana bwegereje?

8 Nuko rero nk’uko igiti cyera imbuto, abe ari ko namwe mugira imigenzereze yerekana ko mwihannye,

9 kandi ntimukirate muti: ‘Turi bene Aburahamu.’ Erega ndahamya ko no muri aya mabuye Imana ibasha kuremamo bene Aburahamu!

10 Ndetse n’ubu intorezo irabanguye kugira ngo iteme ibiti ibihereye ku mizi. Nuko rero igiti cyose kitera imbuto nziza kigiye gutemwa gitwikwe.

11 Jyewe ndababatirisha amazi kugira ngo mwihane, ariko nyuma yanjye hagiye kuza undusha ububasha, ntibinkwiriye no kumukuramo inkweto. We azababatirisha Mwuka Muziranenge n’umuriro.

12 Dore afashe urutaro ngo agosore impeke azihunike mu kigega, naho umurama awucanishe umuriro utazima.”

Yezu abatizwa na Yohani

13 Nyuma Yezu ava muri Galileya ajya kuri Yorodani, asanga Yohani ngo amubatize.

14 Ariko Yohani aramuhakanira ati: “Ni jye wari ukwiriye kubatizwa nawe, none ni wowe unsanze?”

15 Yezu aramusubiza ati: “Emera ubikore kuko ari byo bikwiye, kugira ngo tuboneze ibyo Imana ishaka.”

Yohani aherako aremera.

16 Yezu amaze kubatizwa ahita ava mu mazi. Muri ako kanya ijuru rirakinguka, abona Mwuka w’Imana amumanukiraho asa n’inuma.

17 Nuko humvikana ijwi ry’uvugira mu ijuru ati: “Uyu ni Umwana wanjye nkunda cyane, ni we nishimira.”

—https://api-cdn.youversionapi.com/audio-bible-youversionapi/126/32k/MAT/3-b17bf09483306039eeb6ed64431d25ec.mp3?version_id=387—

Categories
Matayo

Matayo 4

Yezu ageragezwa na Satani

1 Nuko Yezu ajyanwa na Mwuka w’Imana mu butayu, kugira ngo ahageragerezwe na Satani.

2 Ahamara iminsi mirongo ine n’amajoro mirongo ine yigomwa kurya, hanyuma arasonza.

3 Umushukanyi aramwegera aramubwira ati: “Niba uri Umwana w’Imana tegeka ko aya mabuye ahinduka imigati.”

4 Yezu aramusubiza ati: “Biranditswe ngo ‘Umuntu ntatungwa n’ibyokurya gusa, ahubwo atungwa n’ijambo ryose Imana ivuga.’ ”

5 Satani amujyana i Yeruzalemu umujyi Imana yitoranyirije, amuhagarika ku munara w’Ingoro y’Imana,

6 aramubwira ati: “Niba uri Umwana w’Imana simbuka ugwe hasi, kuko byanditswe ngo

‘Imana izagutegekera abamarayika bayo,

bazakuramira mu maboko yabo,

kugira ngo udasitara ku ibuye.’ ”

7 Yezu aramubwira ati: “Biranditswe kandi ngo ‘Ntukagerageze Nyagasani Imana yawe.’ ”

8 Nuko Satani arongera amujyana mu mpinga y’umusozi muremure cyane, amwereka ibihugu byose byo ku isi n’icyubahiro cyabyo,

9 aramubwira ati: “Biriya byose ndabiguha, nunyikubita imbere ukandamya.”

10 Yezu aramubwira ati: “Genda Satani, kuko byanditswe ngo ‘Uzaramye Nyagasani Imana yawe, abe ari we wenyine uyoboka.’ ”

11 Satani amusiga aho, haza abamarayika baramukorera.

Yezu atangira umurimo we mu ntara ya Galileya

12 Yezu yumvise ko Yohani yafunzwe ajya muri Galileya.

13 Ntiyaguma i Nazareti, ajya kuba i Kafarinawumu ku nkombe y’ikiyaga, mu ntara ya Zabuloni na Nafutali.

14 Kwari ukugira ngo bibe nk’uko byavuzwe n’umuhanuzi Ezayi ngo:

15 “Nimwumve ntara ya Zabuloni n’iya Nafutali,

ahagana ku nyanja no hakurya ya Yorodani,

aho ni ho Galileya ituwe n’abanyamahanga.

16 Abantu bāri mu mwijima bigunze, babonye umucyo mwinshi.

Abāri mu gihugu cyacuze umwijima w’urupfu bigunze,

urumuri rwarabamurikiye.”

17 Kuva ubwo Yezu atangira gutangaza ati: “Nimwihane kuko ubwami bw’ijuru bwegereje.”

Yezu ahamagara abarobyi bane

18 Yezu agenda ahakikiye ikiyaga cya Galileya, abona abarobyi babiri bava inda imwe, Simoni witwa Petero na Andereya, barobesha umutego w’amafi mu kiyaga.

19 Arababwira ati: “Nimunkurikire nzabagira abarobyi b’abantu.”

20 Bahita basiga aho imitego yabo baramukurikira.

21 Yigiye imbere gato abona abandi bavandimwe babiri, Yakobo na Yohani bari hamwe na se Zebedeyi mu bwato, batunganya imitego barobeshaga. Na bo Yezu arabahamagara.

22 Ako kanya basiga se n’ubwato bwabo, baramukurikira.

Yezu yigisha rubanda, akiza n’abarwayi

23 Nuko Yezu azenguruka Galileya yose yigishiriza abantu mu nsengero zabo, abatangariza Ubutumwa bwiza bw’ubwami bw’ijuru, kandi akiza abantu indwara zose n’ubumuga bwose.

24 Ibye byamamara cyane mu gihugu cya Siriya, bamuzanira abantu bose barwaye indwara z’amoko atari amwe, imbabare n’abahanzweho, abanyagicuri n’ibimuga maze arabakiza.

25 Nuko imbaga y’abantu iramukurikira, bamwe baturutse muri Galileya no mu ntara yitwa Dekapoli, abandi baturutse i Yeruzalemu no muri Yudeya no hakurya ya Yorodani.

—https://api-cdn.youversionapi.com/audio-bible-youversionapi/126/32k/MAT/4-8fc5b7e3b8fe1e259e47d55f01b92f02.mp3?version_id=387—

Categories
Matayo

Matayo 5

1 Yezu abonye ya mbaga y’abantu benshi azamuka umusozi, amaze kwicara abigishwa be baramwegera.

Amahirwe nyayo

2 Atangira kubigisha agira ati:

3 “Hahirwa abafite imitima ikeneye Imana,

kuko ubwami bw’ijuru ari ubwabo.

4 Hahirwa abashavuye,

kuko ari bo bazahozwa.

5 Hahirwa abagwaneza,

kuko ari bo bazaragwa isi.

6 Hahirwa abafite inzara n’inyota byo gutunganira Imana,

kuko ari bo bazahazwa.

7 Hahirwa abanyambabazi,

kuko ari bo bazazigirirwa.

8 Hahirwa abafite imitima iboneye,

kuko ari bo bazabona Imana.

9 Hahirwa abazana amahoro mu bantu,

kuko ari bo bazitwa abana b’Imana.

10 Hahirwa abatotezwa

bahōrwa gukora ibyo Imana ishaka,

kuko ubwami bw’ijuru ari ubwabo.

11 “Murahirwa iyo babatuka, bakabatoteza, bakababeshyera ibibi byinshi ari jye babahōra.

12 Mujye mwishima kandi munezerwe, kuko muzabona ingororano ishyitse mu ijuru. Ni ko batotezaga abahanuzi b’Imana bababanjirije.

Umunyu n’urumuri

13 “Muri umunyu w’isi. Ariko se iyo umunyu wamaze gukayuka wakongera kuryoshywa n’iki? Nta cyo uba ukimaze, ahubwo ujugunywa hanze abantu bakawukandagira.

14 “Muri urumuri rw’isi. Umujyi wubatse mu mpinga y’umusozi ntushobora kwihisha,

15 kandi nta wacana itara ngo aryubikeho akabindi, ahubwo aritereka ahirengeye maze rikamurikira abari mu nzu bose.

16 Mube ari ko mumurikira abantu, kugira ngo barebe ibyiza mukora bahimbaze So uri mu ijuru.

Yezu avuga ibyerekeye Amategeko

17 “Ntimwibwire ko nazanywe no kuvanaho Amategeko cyangwa ibyanditswe n’abahanuzi. Sinazanywe no kubivanaho, ahubwo nazanywe no kubisohoza.

18 Ndababwira nkomeje ko nta kanyuguti habe n’akadomo na kamwe ko mu Mategeko kazavaho, kugeza ubwo byose bizaba birangiye, ijuru n’isi bigashira.

19 Umuntu wese uzaca ku itegeko rimwe, naho ryaba rito muri ayo yose, akigisha abantu kugenza nka we, azagirwa uwa nyuma mu bwami bw’ijuru. Ariko uzayumvira akayigisha abandi, azitwa mukuru mu bwami bw’ijuru.

20 Reka mbabwire, nimudatunganira Imana kurenza abigishamategeko n’Abafarizayi, ntabwo muzinjira mu bwami bw’ijuru.

Ibyerekeye uburakari

21 “Mwumvise ko aba kera babwiwe ngo: ‘Ntukice’, kuko uwishe umuntu azashyirwa mu rubanza.

22 Ariko jyewe ndababwira ko umuntu wese urakarira mugenzi we azashyirwa mu rubanza. Kandi umuntu wese ubwira mugenzi we ati: ‘Uri igicucu’, aba akwiye kubibarizwa mu rukiko rw’ikirenga, naho ubwira mugenzi we ati: ‘Wa kigoryi we!’ aba ari uwo gushyirwa mu nyenga y’umuriro.

23 Noneho nujyana ituro ryawe ku rutambiro kuritura Imana, wahagera ukibuka ko mugenzi wawe afite icyo apfa nawe,

24 uzasige ituro ryawe aho imbere y’urutambiro, maze ubanze ugende wigorore na we, ubone kuza utange ituro ryawe.

25 “Nujyana mu rukiko n’uwo muburana, wigorore na we mukiri mu nzira kugira ngo atagushyikiriza umucamanza, na we akaguha umuporisi akagushyira muri gereza.

26 Ndakubwira nkomeje ko utazavamo utabanje gutanga amafaranga baguciye yose, hatabuze na rimwe.

Ibyerekeye ubusambanyi

27 “Mwumvise ko byavuzwe ngo: ‘Ntugasambane.’

28 Ariko jyewe ndababwira yuko umuntu wese ureba umugore akamurarikira, mu bitekerezo bye aba amaze gusambana na we.

29 Nuko rero ijisho ryawe ry’iburyo niba ryakugusha mu cyaha, urinogore urite. Icyakubera cyiza ni ukubura rumwe mu ngingo zawe, aho kugira ngo umubiri wawe wose utabwe mu nyenga y’umuriro.

30 Niba ikiganza cyawe cy’iburyo cyakugusha mu cyaha, ugice ugite. Icyakubera cyiza ni ukubura rumwe mu ngingo zawe, aho kugira ngo umubiri wawe wose utabwe mu nyenga y’umuriro.

Ibyerekeye gutana kw’abashakanye

31 “Byavuzwe kandi ko ‘Ushaka kwirukana umugore we agomba kumuha urwandiko rwemeza ko amusenze.’

32 Ariko jyewe ndababwira ko umuntu wese wirukana umugore we, bitavuye ku kubana kutemewe n’Amategeko, nyuma agacyurwa n’undi mugabo, aba amugize umusambanyi. Byongeye kandi ucyura umugore wirukanywe, na we aba asambanye.

Ibyerekeye indahiro

33 “Mwumvise ko aba kera babwiwe ngo ‘Ntukarahire ibinyoma, ahubwo uzajye uhigura imihigo wahigiye Nyagasani.’

34 Ariko jyewe ndababwira kutarahira rwose, kwaba kurahira mushingiye ku ijuru kuko ari intebe ya cyami y’Imana,

35 cyangwa ku isi kuko ari yo kabaho ikandagizaho ibirenge, cyangwa kuri Yeruzalemu kuko ari umurwa w’Umwami ukomeye.

36 Ndetse ntuzanarahire ushingiye indahiro ku mutwe wawe, kuko utabasha guhindura agasatsi kawe na kamwe ngo kabe umweru cyangwa kirabure.

37 Mujye muvuga gusa muti: ‘Yego, ni byo’, cyangwa se muhakane muti: ‘Oya, si byo’. Ibindi umuntu agerekaho byose biba biturutse kuri Sekibi.

Ibyerekeye kwihōrera

38 “Mwumvise ko byavuzwe ngo: ‘Umennye undi ijisho na we barimumene’, kandi ngo: ‘Ukuye undi iryinyo na we barimukure.’

39 Ariko jyewe ndababwira kutitura inabi mwagiriwe. Ahubwo umuntu nagukubita urushyi mu musaya w’iburyo, umuhe n’undi musaya.

40 Byongeye kandi umuntu nashaka kuguhuguza ishati uyimuhe, ugerekeho n’ikote.

41 Nihagira uguhata kumwakira umutwaro ngo uwutware kirometero imwe, uzongereho n’iya kabiri.

42 Ugusabye umuhe, kandi ushaka kugira icyo agutira ntukamwiyame.

Ibyerekeye gukunda abanzi

43 “Mwumvise ko byavuzwe ngo: ‘Ujye ukunda mugenzi wawe, kandi wange umwanzi wawe.’

44 Ariko jyewe ndababwira nti: ‘Mukunde n’abanzi banyu kandi musabire ababatoteza.’

45 Ibyo mubikorere kugira ngo mube abana nyakuri ba So uri mu ijuru, kuko avusha izuba rye ku beza no ku babi, kandi akagusha n’imvura ye ku ntungane no ku bagome.

46 Niba mukunda ababakunda gusa, ubwo se mukwiriye ngororano ki? Mbese abasoresha bo ntibabigenza batyo?

47 Kandi niba muramutsa incuti zanyu gusa, muba murushije iki abandi bantu? Mbese abatazi Imana bo ntibabigenza batyo?

48 Mube intungane nk’uko So uri mu ijuru ari intungane.

—https://api-cdn.youversionapi.com/audio-bible-youversionapi/126/32k/MAT/5-e090c83bc115143508ff945945db70da.mp3?version_id=387—

Categories
Matayo

Matayo 6

Ibyerekeye gufasha abakene

1 “Ibikorwa byiza byanyu murajye mwirinda kubikorera imbere y’abantu kugira ngo babarebe, mutazivutsa ingororano ya So uri mu ijuru.

2 “Igihe uhaye umukene imfashanyo ntukabyamamaze nk’uko abantu b’indyarya babigenza, bari mu nsengero no mu mayira kugira ngo abantu babashime. Ndababwira nkomeje ko ingororano yabo baba bamaze kuyishyikira.

3 Ahubwo wowe igihe uhaye umukene imfashanyo, ntihakagire n’inyoni ibimenya.

4 Bityo ibyo umuhaye bizabe ibanga. Nuko So we umenya ibiri mu ibanga azakwitura.

Ibyerekeye gusenga

5 “Igihe musenga ntimukamere nk’abantu b’indyarya, bakunda gusenga bahagaze mu nsengero no mu mahuriro y’inzira kugira ngo abantu bababone. Ndababwira nkomeje ko ingororano yabo baba bamaze kuyishyikira.

6 Ahubwo wowe igihe usenga ujye winjira mu cyumba cyawe ukinge, maze usenge So uba ahatagaragara. Nuko So we umenya ibiri mu ibanga azakwitura.

7 “Igihe musenga ntimugatondagure amagambo atagira icyo avuga, nk’uko abatazi Imana babigenza bibwira ko bazasubizwa kubera amagambo menshi.

8 Ntimukagenze nka bo, kuko So aba azi icyo mukeneye mutarakimusaba.

9 Nuko rero mujye musenga muti:

‘Data uri mu ijuru,

izina ryawe niryubahwe,

10 ubwami bwawe nibuze.

Ibyo ushaka bibe ari byo bikorwa ku isi,

nk’uko bikorwa mu ijuru.

11 Uduhe none ifunguro ridukwiriye.

12 Utubabarire ibyo twagucumuyeho,

nk’uko natwe tubabarira abaducumuyeho.

13 Ntutureke ngo tugwe mu byadushuka,

ahubwo udukize ikibi,

[kuko ubwami n’ubushobozi n’ikuzo ari ibyawe iteka ryose. Amina.]’

14 “Nimubabarira abandi ibyo babacumuyeho, So uri mu ijuru na we azabababarira ibyo mumucumuraho.

15 Ariko nimutababarira abandi, So uri mu ijuru na we ntazabababarira ibyo mumucumuraho.

Ibyerekeye kwigomwa kurya

16 “Igihe mwigomwe kurya ntimukijime mu maso nk’abantu b’indyarya bakambya agahanga, kugira ngo abantu bamenye ko bigomwe kurya. Ndababwira nkomeje ko ingororano yabo baba bamaze kuyishyikira.

17 Naho wowe niwigomwa kurya, wiyuhagire mu maso kandi usokoze,

18 kugira ngo abantu batamenya ko wigomwe kurya, keretse So uba ahatagaragara. Nuko So we umenya ibiri mu ibanga azakwitura.

Kwirundanyiriza ubukungu mu ijuru

19 “Ntimukirundanyirize ubukungu ku isi aho inyenzi n’ingese bibwangiza, n’abajura bakahaca ibyuho bakiba.

20 Ahubwo mubwirundanyirize mu ijuru aho inyenzi n’ingese bitabwangiza, n’abajura ntibahace ibyuho ngo bibe.

21 Aho ubukungu bwawe buri ni ho uzahoza umutima.

Uko umubiri umurikirwa

22 “Itara ry’umubiri ni ijisho. Nuko rero ijisho ryawe niriba rizima, umubiri wawe wose uzaba umurikiwe.

23 Ariko ijisho ryawe niriba rirwaye, umubiri wawe wose uzaba ucuze umwijima. Niba rero urumuri rwawe ruzimye, mbega ukuntu umwijima ukurimo uba mwinshi!

Kudategekwa n’amafaranga

24 “Nta mugaragu ushobora gukorera ba shebuja babiri. Iyo adakunze umwe ngo yange undi, ayoboka umwe agasuzugura undi. Nuko rero ntimushobora kuba abagaragu b’Imana ngo mube n’abagaragu b’amafaranga.

Kutabunza imitima

25 “Reka mbabwire rero ku byerekeye ubuzima: ntimukabunze imitima mwibaza icyo muzarya [cyangwa icyo muzanywa] cyangwa icyo muzambara. Mbese ubuzima ntiburuta ibyokurya, n’umubiri ukaruta imyambaro?

26 Nimurebe inyoni: ntizibiba, ntizinasarura, ntizihunika, nyamara So uri mu ijuru arazigaburira. Mbese ntimuzirusha agaciro cyane?

27 Ni nde muri mwe wakongēra nibura akanya na gato ku gihe azamara, kubera ko yabungije imitima?

28 “Ni iki gituma rero mubunza imitima mwibaza icyo muzambara? Mwitegereze ukuntu indabyo zo mu gasozi zikura: nta murimo zikora, nta n’imyenda ziboha.

29 Nyamara mbabwiye ko na Salomo mu bukire bwe bwose, atigeze arimba nka rumwe muri zo.

30 None se mwa bantu bafite ukwizera guke mwe, ubwo Imana yambika ityo ibyatsi byo ku gasozi biba biriho none ejo bakabicana, ntizabarushirizaho cyane?

31 “Ntimukabunze imitima rero mwibaza muti: ‘Tuzarya iki?’ cyangwa muti: ‘Tuzanywa iki?’ cyangwa muti: ‘Tuzambara iki?’

32 Ibyo byose abanyamahanga batazi Imana ni byo baharanira, nyamara So uri mu ijuru azi ko mubikeneye uko bingana.

33 Ahubwo mbere ya byose muharanire ubwami bw’Imana no kuyitunganira, bityo n’ibyo bindi byose na byo muzabihabwa.

34 Nuko rero ntimukabunze imitima mwibaza iby’ejo, kuko ‘iby’ejo bibara ab’ejo’. Ingorane za buri munsi zirahagije ku bwawo!

—https://api-cdn.youversionapi.com/audio-bible-youversionapi/126/32k/MAT/6-1e89417f588bcf3edccecd8dc2acde02.mp3?version_id=387—

Categories
Matayo

Matayo 7

Kutigira umucamanza w’abandi

1 “Ntimukihe gucira abandi imanza namwe mutazazicirwa,

2 kuko muzacirwa imanza ukurikije uko mwaziciriye abandi. Akebo mubagereramo ni ko namwe muzagererwamo.

3 Kuki ushishikazwa n’agatotsi kari mu jisho rya mugenzi wawe, ariko ukirengagiza umugogo uri mu ryawe?

4 Washobora ute kubwira mugenzi wawe uti: ‘Reka ngutokore agatotsi kakuri mu jisho’, kandi nawe ufite umugogo mu ryawe?

5 Wa ndyarya we, banza witokore umugogo ukuri mu jisho, bityo ubone gutokora agatotsi kari mu jisho rya mugenzi wawe.

6 “Ibyeguriwe Imana ntimukabijugunyire imbwa, kugira ngo zitabahindukirana zikabatanyagura. Byongeye kandi amasaro yanyu y’agahebuzo ntimukayate imbere y’ingurube, kugira ngo zitayaribata.

Kwambaza Data uri mu ijuru

7 “Musabe muzahabwa, mushake muzabona, mukomange muzakingurirwa.

8 Usabye wese ni we uhabwa, ushatse ni we ubona kandi n’ukomanze ni we ukingurirwa.

9 Ni nde muri mwe waha umwana we ibuye igihe amusabye umugati,

10 cyangwa akamuha inzoka igihe amusabye ifi?

11 None se ko muzi guha abana banyu ibyiza kandi muri babi, So uri mu ijuru we ntazarushaho guha ibyiza ababimusabye?

12 “Ibyo mwifuza ko abandi babagirira byose namwe mube ari byo mubagirira, ibyo ni byo bibumbye Amategeko n’ibyanditswe n’abahanuzi.

Irembo rifunganye

13 “Mwinjire mu irembo rifunganye, kuko irembo rigari n’inzira ya gihogera bijyana abantu mu ukurimbuka, kandi abahanyura ni benshi.

14 Naho irembo ry’impatanwa n’inzira ifunganye ni byo bigeza ku bugingo buhoraho, kandi ababinyuramo ni bake.

Igiti n’imbuto zacyo

15 “Mwirinde abahanurabinyoma! Baza babasanga bigize nk’intama, ariko imbere muri bo ari impyisi z’ibirura.

16 Muzababwirwa n’imigirire yabo, nk’uko igiti mukibwirwa n’imbuto zacyo. Mbese hari uwasoroma imbuto z’umuzabibu ku mutobotobo cyangwa iz’umutini ku bitovu?

17 Nuko rero igiti cyiza cyose cyera imbuto nziza, naho igiti kibi kikera imbuto mbi.

18 Igiti cyiza ntikibasha kwera imbuto mbi, n’igiti kibi ntikibasha kwera imbuto nziza.

19 Igiti cyose kitera imbuto nziza baragitema bakagitwika.

20 Ni na ko abo bahanurabinyoma muzababwirwa n’imigirire yabo.

Abatazemerwa mu bwami bw’ijuru

21 “Abahora bampamagara ngo ‘Nyagasani, Nyagasani’, si ko bose bazinjira mu bwami bw’ijuru, keretse abakora ibyo Data uri mu ijuru ashaka bonyine.

22 Kuri uwo munsi benshi bazambaza bati: ‘Nyagasani, Nyagasani, mbese ntitwahanuye mu izina ryawe? Ese ntitwamenesheje ingabo za Satani mu izina ryawe? Mbese ntitwakoze ibitangaza byinshi mu izina ryawe?’

23 Ubwo nzababwira neruye nti: ‘Sinigeze mbamenya. Nimumve imbere mwa nkozi z’ibibi mwe!’

Abubatsi babiri

24 “Nuko rero umuntu wese wumva ayo magambo maze kuvuga akayakurikiza, yagereranywa n’umuntu uzi ubwenge wubatse inzu ye ku rutare,

25 maze imvura iragwa imigezi iruzura, umuyaga urahuha byose byikubita kuri iyo nzu, ariko ntiyagwa kuko yubatswe ku rutare.

26 Naho umuntu wese wumva ayo magambo maze kuvuga ntayakurikize, yagereranywa n’umuntu w’igicucu wubatse inzu ye ku musenyi,

27 maze imvura iragwa imigezi iruzura, umuyaga urahuha byose bikoranira kuri iyo nzu ihita igwa. Si ukugwa irarindimuka!”

Ubushobozi bwa Yezu

28 Yezu amaze kuvuga ibyo byose, imbaga y’abantu bari aho batangazwa cyane n’imyigishirize ye,

29 kuko atigishaga nk’abigishamategeko babo, ahubwo yabigishaga nk’ufite ubushobozi.

—https://api-cdn.youversionapi.com/audio-bible-youversionapi/126/32k/MAT/7-d64fddb504cc4024f38c3cfabc78d2da.mp3?version_id=387—

Categories
Matayo

Matayo 8

Yezu akiza umuntu urwaye ibibembe

1 Nuko Yezu amanuka wa musozi, imbaga nyamwinshi y’abantu iramukurikira.

2 Umuntu wari urwaye ibibembe aramusanga, aramupfukamira aramubwira ati: “Nyagasani, ubishatse wankiza.”

3 Yezu arambura ukuboko amukoraho agira ati: “Ndabishaka kira.” Ako kanya arakira.

4 Yezu aramubwira ati: “Uramenye ntugire uwo ubibwira. Icyakora ujye kwiyereka umutambyi maze utange ituro Musa yategetse, ribabere icyemezo cy’uko wakize.”

Umukapiteni w’Umunyaroma atabaza Yezu

5 Yezu ageze i Kafarinawumu, umukapiteni w’Umunyaroma aramusanga aramwinginga ati:

6 “Nyagasani, nasize umugaragu wanjye imuhira aryamye, yaramugaye kandi araribwa bikabije.”

7 Yezu aramusubiza ati: “Ndaje mukize.”

8 Uwo mukapiteni arasubiza ati: “Nyagasani, ntibinkwiye ko winjira iwanjye, ahubwo tegeka gusa umugaragu wanjye arakira.

9 Erega nanjye ndi umuntu utegekwa, kandi mfite abasirikari ntegeka. Iyo mbwiye umwe muri bo nti: ‘Genda’, aragenda, nabwira undi nti: ‘Ngwino’, akaza, nabwira umugaragu wanjye nti: ‘Kora iki’, akagikora.”

10 Yezu abyumvise aratangara, maze abwira abari bamukurikiye ati: “Ndababwira nkomeje ko no mu Bisiraheli, ntigeze mbona ufite ukwizera kugeze aha!

11 Kandi reka mbabwire, benshi bazaturuka iburasirazuba n’iburengerazuba, basangirire na Aburahamu na Izaki na Yakobo mu bwami bw’ijuru.

12 Naho abari babugenewe bajugunywe hanze mu mwijima, aho bazaririra kandi bagahekenya amenyo.”

13 Yezu abwira umukapiteni ati: “Genda bikubere nk’uko wizeye.” Uwo mwanya umugaragu we arakira.

Yezu akiza abarwayi benshi

14 Yezu ageze kwa Petero asanga nyirabukwe wa Petero aryamye, ahinda umuriro.

15 Nuko Yezu amukora ku kuboko umuriro urazima, arabyuka aramuzimanira.

16 Bugorobye bamuzanira abantu benshi bahanzweho, maze abameneshamo ingabo za Satani azikabukiye gusa, kandi abandi barwayi bose arabakiza.

17 Kwari ukugira ngo bibe nk’uko byavuzwe n’umuhanuzi Ezayi ngo: “Ubwe yishyizeho ubumuga bwacu, yigerekaho n’indwara zacu.”

Gukurikira Yezu ntibyoroshye

18 Yezu abonye ko akikijwe n’imbaga y’abantu, ategeka abigishwa be kwambuka bagafata hakurya.

19 Nuko umwigishamategeko aramwegera aramubwira ati: “Mwigisha, nzagukurikira aho uzajya hose.”

20 Yezu aramubwira ati: “Za nyiramuhari zigira amasenga zibamo, n’inyoni zigira ibyari, nyamara Umwana w’umuntu ntagira aho aruhukira.”

21 Undi mu bigishwa be aramubwira ati: “Nyagasani, reka mbanze njye gushyingura data.”

22 Yezu aramubwira ati: “Nkurikira ureke abapfu bahambe abapfu babo.”

Yezu ahosha inkubi y’umuyaga

23 Nuko yurira mu bwato, abigishwa be bajyana na we.

24 Ni bwo haje inkubi y’umuyaga mu kiyaga kugeza ubwo ubwato bwari bugiye kurengerwa n’amazi. Ubwo Yezu yari asinziriye.

25 Baramwegera baramukangura, baramubwira bati: “Nyagasani, dutabare turashize!”

26 Arababwira ati: “Ni iki kibateye ubwoba, yemwe abafite ukwizera guke mwe?” Aherako arahaguruka acyaha imiyaga n’ikiyaga, maze haba ituze ryinshi.

27 Abigishwa barumirwa baravuga bati: “Uyu ni muntu ki utegeka imiyaga n’ikiyaga bikamwumvira?”

Yezu akiza abantu b’i Gadara bahanzweho

28 Yezu afata hakurya mu ntara y’Abanyagadara, abantu babiri bahanzweho bavumbuka mu irimbi baza bamusanga. Bari bateye ubwoba ku buryo nta muntu wari ukinyura iyo nzira.

29 Bamubonye bavuza induru bati: “Uradushakaho iki Mwana w’Imana? Mbese uzanywe hano no kutwica urubozo igihe cyacu kitaragera?”

30 Hafi aho hari umugana w’ingurubenyinshi zarishaga.

31 Izo ngabo za Satani zinginga Yezu ziti: “Niba utumenesheje twohereze muri ziriya ngurube!”

32 Yezu arazibwira ati: “Ngaho nimugende.” Nuko ziva mu bantu zijya mu ngurube, maze umugana wose ucuncumuka ku gacuri wiroha mu kiyaga urarohama.

33 Abashumba bazo barahunga bajya mu mujyi, batekerereza abantu ibyabaye byose n’ibya ba bantu bari bahanzweho.

34 Nuko abatuye umujyi bose bahururira Yezu, bamubonye baramwinginga ngo abavire ku musozi.

—https://api-cdn.youversionapi.com/audio-bible-youversionapi/126/32k/MAT/8-b0b95d16b64b3b1f9b308ae27a43aab7.mp3?version_id=387—

Categories
Matayo

Matayo 9

Yezu akiza ikimuga

1 Nuko Yezu yurira ubwato, arambuka ajya mu mujyi w’iwabo.

2 Bamuzanira umuntu umugaye bamuhetse mu ngobyi, abonye ukwizera kwabo abwira uwo murwayi ati: “Humura mwana wanjye, ibyaha byawe urabibabariwe.”

3 Bamwe mu bigishamategeko babyumvise baribwira bati: “Uriya muntu aratuka Imana.”

4 Yezu amenya ibyo bibwira arababaza ati: “Ni iki kibateye ibyo bitekerezo bibi?

5 Icyoroshye ni ikihe, ari ukuvuga ngo ‘Ibyaha byawe urabibabariwe’, cyangwa ngo ‘Byuka ugende’?

6 Nyamara ndagira ngo mumenye ko ku isi Umwana w’umuntu afite ubushobozi bwo kubabarira abantu ibyaha.”

Nuko abwira uwo muntu umugaye ati: “Byuka ufate ingobyi yawe witahire.”

7 Uwo muntu arabyuka arataha.

8 Aho hari imbaga y’abantu benshi babibonye barakangarana, basingiza Imana yahaye abantu ubushobozi bugeze aho.

Yezu ahamagara Matayo

9 Nuko Yezu ahise abona umuntu witwa Matayo, yicaye ku biro by’imisoro. Aramubwira ati: “Nkurikira!” Matayo aherako arahaguruka aramukurikira.

10 Igihe Yezu n’abigishwa be bari kwa Matayo bafungura, abasoresha benshi n’abandi banyabyaha baraza basangira na bo.

11 Abafarizayi babibonye babaza abigishwa be bati: “Kuki umwigisha wanyu asangira n’abasoresha n’abanyabyaha?”

12 Yezu abumvise arababwira ati: “Abazima si bo bakenera umuvuzi, ahubwo abarwayi ni bo bamukenera.

13 Nimugende mwige uko iri jambo risobanura, ‘Icyo mbashakaho si ibitambo, ahubwo ni uko mugira impuhwe.’ Sinazanywe no guhamagara intungane, ahubwo naje guhamagara abanyabyaha.”

Ibyerekeye kwigomwa kurya

14 Nuko abigishwa ba Yohani Mubatiza begera Yezu baramubaza bati: “Kuki twebwe n’Abafarizayi twigomwa kurya kenshi, naho abigishwa bawe ntibabikore?”

15 Yezu arabasubiza ati: “Mbese mu bukwe abasangwa bashobora kugira agahinda, umukwe akiri kumwe na bo? Nyamara igihe kizagera umukwe avanwe muri bo, ni bwo bazigomwa kurya.

16 “Ntawe utera ikiremo gishya ku mwenda ushaje. Uwabikora, ikiremo gishya cyawukurura ukarushaho gushishimuka.

17 Nta n’usuka inzoga y’umubira mu mpago z’impuzishaje. Uwabikora, impago zaturika zikangirika inzoga igasandara. Ahubwo inzoga y’umubira bayisuka mu mpago zikiri nshya, ntihagire icyangirika muri byombi.”

Yezu akiza umugore urwaye, azura n’umwana

18 Akibabwira ayo magambo, umutware wo mu Bayahudi aramusanga, aramupfukamira aramubwira ati: “Umukobwa wanjye amaze gupfa, none ngwino umurambikeho ibiganza yongere abeho.”

19 Nuko Yezu arahaguruka aramukurikira, ajyanye n’abigishwa be.

20 Muri bo hari umugore wari urwaye indwara yo kuva, ayimaranye imyaka cumi n’ibiri. Amuturuka inyuma akora ku ncundaz’umwitero we,

21 kuko yibwiraga ati: “Ninkora ku mwitero we byonyine ndakira.”

22 Nuko Yezu arahindukira, amurabutswe aramubwira ati: “Humura mwana wanjye, ukwizera kwawe kuragukijije.” Ako kanya uwo mugore arakira.

23 Yezu ageze mu rugo rwa wa mutware, ahasanga abantu bavuza imyironge baririra uwapfuye, ahasanga n’imbaga y’abantu basakabaka.

24 Arababwira ati: “Nimusohoke, umwana ntiyapfuye ahubwo arasinziriye.”

Baramuseka cyane.

25 Bose bamaze guhēzwa Yezu arinjira amufata ukuboko, umukobwa arabyuka.

26 Iyo nkuru ikwira muri ako karere kose.

Yezu ahumura impumyi ebyiri

27 Yezu avuye aho hantu, abantu babiri b’impumyi bamukurikira batakamba bati: “Yewe Mwene Dawidi, tugirire impuhwe!”

28 Ageze mu rugo baramwegera, maze arababaza ati: “Muremera ko nshobora kubakiza?”

Baramusubiza bati: “Turabyemera Nyagasani.”

29 Nuko abakora ku maso arababwira ati: “Bibabere uko mwizeye.”

30 Nuko barahumuka. Arabihanangiriza ati: “Muririnde ntihagire ubimenya.”

31 Ariko bagitirimuka aho bamwamamaza muri ako karere kose.

Yezu akiza ikiragi

32 Bakiva aho, abantu bazanira Yezu ikiragi cyahanzweho.

33 Yezu amenesha ingabo ya Satani, uwari ikiragi aravuga. Rubanda baratangara cyane baravuga bati: “Ntihigeze kuboneka ibintu nk’ibi mu Bisiraheli.”

34 Naho Abafarizayi bo bakavuga bati: “Ububasha bwo kumenesha ingabo za Satani abuhabwa n’umutware wazo.”

Yezu agirira rubanda impuhwe

35 Yezu agenda mu mijyi yose no mu byaro yigisha mu nsengero zaho, atangaza Ubutumwa bwiza bwerekeye ubwami bw’ijuru, akiza n’indwara zose n’ubumuga bwose.

36 Abonye iyo mbaga y’abantu abagirira impuhwe, kuko bari bashobewe kandi bananiwe, bameze nk’intama zitagira umushumba.

37 Nuko abwira abigishwa be ati: “Dore imyaka yeze ari myinshi nyamara abasaruzi ni bake,

38 nuko rero nimusabe Nyir’imyaka yohereze abasaruzi mu murima we.”

—https://api-cdn.youversionapi.com/audio-bible-youversionapi/126/32k/MAT/9-681861ff28e4688931625802a5fa29d7.mp3?version_id=387—

Categories
Matayo

Matayo 10

Yezu atoranya Intumwa cumi n’ebyiri

1 Nuko Yezu ahamagara abigishwa be cumi na babiri, abaha ububasha bwo kumenesha ingabo za Satani, n’ubwo gukiza indwara zose n’ubumuga bwose.

2 Dore amazina y’izo Ntumwa ze uko ari cumi n’ebyiri: uwa mbere ni Simoni wiswe Petero na Andereya umuvandimwe we, na Yakobo na Yohani bene Zebedeyi,

3 na Filipo na Barutolomayo, na Tomasi na Matayo w’umusoresha, na Yakobo mwene Alufeyi na Tadeyo,

4 na Simoni w’umurwanashyaka w’igihugu, na Yuda Isikariyoti wa wundi wagambaniye Yezu.

Yezu atuma abigishwa be cumi na babiri

5 Nuko Yezu atuma abo cumi na babiri, arabihanangiriza ati: “Ntimujye mu turere tw’abanyamahanga, kandi ntimwinjire mu mijyi ituwe n’Abanyasamariya.

6 Ahubwo mujye mu bazimiye nk’intama bakomoka kuri Isiraheli.

7 Mugende mutangaza muti: ‘Ubwami bw’ijuru buregereje.’

8 Mukize abarwayi, muzure abapfuye, muhumanure ababembe kandi mumeneshe ingabo za Satani. Mwaherewe ubuntu, mutangire ku buntu.

9 Ntimugire ibiceri mutwara mu mikandara yanyu, byaba iby’izahabu, cyangwa iby’ifeza, cyangwa iby’umuringa.

10 Ntimujyane kandi imifuka y’urugendo, cyangwa amakanzu abiri cyangwa inkweto, habe n’inkoni kuko umukozi akwiye guhabwa ifunguro.

11 “Nimugera mu mujyi cyangwa mu mudugudu mujye mushaka uwishimira kubākīra, maze mugume iwe kugeza igihe muzahavira.

12 Mukigera iwe mubwire ab’aho muti: ‘Nimugire amahoro!’

13 Niba bene urugo babakiriye, amahoro mubifurije agumane na bo, naho nibatabakira ayo mahoro abagarukire.

14 Ahantu hose batazabakira ntibabatege amatwi, nimujya kuva muri urwo rugo cyangwa muri uwo mujyi, mujye muhungura umukunguguwo mu birenge byanyu.

15 Ndababwira nkomeje ko ku munsi Imana izaca imanza, abari batuye i Sodoma n’i Gomorabazahanishwa igihano kidakaze nk’icy’abatuye uwo mujyi.

Abigishwa ba Yezu bazatotezwa

16 “Dore mbatumye nk’intama hagati y’impyisi. Nuko rero murabe inyaryenge nk’inzoka, mube n’abanyamahoro nk’inuma.

17 Mujye mwirinda abantu kuko bazabajyana mu nkiko, bakabakubitira no mu nsengero zabo.

18 Bazabagabiza abatware n’abami babampōra, bityo muzaba abagabo bo guhamya ibyanjye imbere yabo n’imbere y’abanyamahanga.

19 Igihe bazabarega mu nkiko, ntimuzahagarike umutima mwibaza uburyo mugiye kwiregura, kuko igihe nikigera muzahabwa icyo mukwiriye kuvuga.

20 Si mwe muzaba mwivugira, ahubwo ni Mwuka wa So uri mu ijuru uzavugira muri mwe.

21 “Umuntu azicisha uwo bava inda imwe, umubyeyi yicishe umwana we, n’abana bazagomera ababyeyi babo babicishe.

22 Muzangwa n’abantu bose babampōra, ariko uzihangana akageza ku munsi w’imperuka azarokoka.

23 Kandi nibabatoteza mu mujyi uyu n’uyu, muzahungire mu wundi. Ndababwira nkomeje ko mutazahetura imijyi yose y’Abisiraheli Umwana w’umuntu ataraza.

24 “Nta mwigishwa uruta umwigisha we, nta n’umugaragu uruta shebuja.

25 Biba bihagije ko umwigishwa agera ku rugero rw’umwigisha, naho umugaragu akagera ku rugero rwa shebuja. None ubwo Nyir’urugo bamwise Bēlizebuli, mbega amazina mabi bazita abo mu rugo rwe!

Kudatinya abantu

26 “Nuko rero ntimugatinye abantu kuko nta gihishwe kitazahishurwa, kandi nta banga ritazamenyekana.

27 Ibyo mbabwira rwihishwa muzabivugire ku mugaragaro, kandi ibyo mbongorera muzabitangarize ahirengeye.

28 Ntimugatinye abica umubiri ariko batabasha kwica ubugingo, ahubwo mutinye Imana yo ibasha kurimburira umubiri n’ubugingo mu nyenga y’umuriro.

29 “Mbese ibishwi bibiri ntibigura ifaranga? Nyamara nta na kimwe muri byo gipfa So atabyemeye.

30 Naho mwe, n’imisatsi yanyu yose irabaze.

31 Nuko rero ntimugatinye kuko mwe murusha kure agaciro ibishwi byinshi.

Kwemera Yezu imbere y’abantu

32 “Umuntu wese uzanyemera imbere y’abantu, nanjye nzamwemera imbere ya Data uri mu ijuru.

33 Ariko uzanyihakanira imbere y’abantu, nanjye nzamwihakanira imbere ya Data uri mu ijuru.

Si amahoro Yezu azana, ahubwo azana intambara

34 “Ntimutekereze ko naje kuzana amahoro ku isi. Sinaje kuzana amahoro ahubwo ni inkota.

35 Naje gutandukanya umuhungu na se, umukobwa na nyina, umukazana na nyirabukwe.

36 Nuko rero abanzi b’umuntu bazaba abo mu rugo rwe.

37 “Ukunda se cyangwa nyina akabandutisha ntakwiriye kuba uwanjye. Ukunda umuhungu we cyangwa umukobwa we akabandutisha, na we ntakwiriye kuba uwanjye.

38 Udatwara umusarabawe ngo ankurikire ntakwiriye kuba uwanjye.

39 Uwihambira ku buzima bwe azabubura, nyamara uwemera kubuhara ari jye azira azabusubirana.

Imana itanga ingororano

40 “Ubakira ni jye aba yakiriye, kandi unyakira aba yakiriye Uwantumye.

41 Uwakira umuhanuzi kuko ari umuntu watumwe n’Imana, azahabwa ingororano iteganyirijwe abahanuzi. Uwakira kandi umuntu utunganiye Imana kuko ayitunganiye, azahabwa ingororano iteganyirijwe intungane.

42 Uzaha umwe muri aba boroheje nibura agakombe k’amazi afutse yo kunywa, ayamuhereye ko ari umwigishwa wanjye, ndababwira nkomeje ko atazabura kugororerwa.”

—https://api-cdn.youversionapi.com/audio-bible-youversionapi/126/32k/MAT/10-5ae7191af60f120e0bd10e5e4a69fc7d.mp3?version_id=387—