Categories
Mariko

Mariko 1

Yohani Mubatiza yigisha kandi abatiza

1 Ngiyi intangiriro y’Ubutumwa bwiza bwerekeye Yezu Kristo Umwana w’Imana.

2 Byanditswe mu gitabo cy’umuhanuzi Ezayi ngo:

“Dore nohereje intumwa yanjye mbere yawe,

kugira ngo igutunganyirize inzira.

3 Nimwumve ijwi ry’urangururira mu butayu ati:

‘Nimutunganye inzira ya Nyagasani,

muringanize aho azanyura.’ ”

4 Yohani yatungutse mu butayu atangaza ko abantu bagomba kwihana bakabatizwa, kugira ngo bababarirwe ibyaha.

5 Icyo gihe abaturage bo mu ntara yose ya Yudeya n’abo mu murwa wayo wa Yeruzalemu bose basangaga Yohani, akababatiriza mu ruzi rwa Yorodani, bemerera mu ruhame ibyaha byabo.

6 Yohani yambaraga umwambaro uboheshejwe ubwoya bw’ingamiya,akawukenyeza umukandara w’uruhu. Yatungwaga n’isananen’ubuki bw’ubuhura,

7 akajya atangaza ati: “Nyuma yanjye hagiye kuza undusha ububasha, ntibinkwiriye no kunama ngo mbe napfundura udushumi tw’inkweto ze.

8 Jyewe ndababatirisha amazi, ariko we azababatirisha Mwuka Muziranenge.”

Yezu abatizwa na Yohani

9 Muri iyo minsi Yezu ava i Nazareti yo muri Galileya, maze Yohani amubatiriza muri Yorodani.

10 Yezu akiva mu mazi abona ijuru rirakingutse, na Mwuka w’Imana amumanukiraho asa n’inuma.

11 Nuko humvikana ijwi ry’uvugira mu ijuru ati: “Uri Umwana wanjye nkunda cyane, ni wowe nishimira.”

Yezu ageragezwa na Satani

12 Mwuka w’Imana aherako amujyana mu butayu,

13 ahamara iminsi mirongo ine ageragezwa na Satani. Yahabanaga n’inyamaswa, abamarayika ari bo bamukorera.

Yezu atangira umurimo we mu ntara ya Galileya

14 Yohani amaze gufungwa, Yezu ajya muri Galileya yamamaza Ubutumwa bwiza bw’Imana agira ati:

15 “Igihe kirageze, ubwami bw’Imana buregereje. Nimwihane maze mwemere Ubutumwa bwiza.”

Yezu ahamagara abarobyi bane

16 Nuko Yezu anyura iruhande rw’ikiyaga cya Galileya, abona Simonin’umuvandimwe we Andereya barobesha imitego y’amafi mu kiyaga, kuko bari abarobyi.

17 Yezu arababwira ati: “Nimunkurikirenzabagira abarobyi b’abantu.”

18 Bahita basiga aho imitego yabo baramukurikira.

19 Yigiye imbere ho gato abona Yakobo na Yohani bene Zebedeyi. Na bo bari mu bwato batunganya imitego barobeshaga.

20 Ako kanya Yezu arabahamagara. Nuko basiga se Zebedeyi n’abakozi be mu bwato baramukurikira.

Yezu akiza umuntu wahanzweho

21 Nuko bagera i Kafarinawumu. Ku munsi w’isabato Yezu ajya mu rusengero rw’Abayahudi atangira kwigisha.

22 Abaho batangazwa cyane n’imyigishirize ye, kuko atigishaga nk’abigishamategeko, ahubwo we yigishaga nk’ufite ubushobozi.

23 Ako kanya mu rusengero haboneka umuntu wahanzweho n’ingabo ya Satani, avuga aranguruye ati:

24 “Yezu w’i Nazareti, uradushakaho iki? Mbese wazanywe no kuturimbura? Nzi uwo uri we, ni wowe Muziranenge wavuye ku Mana.”

25 Yezu acyaha iyo ngabo ya Satani ati: “Ceceka muvemo!”

26 Nuko itigisa uwo muntu bikabije maze imuvamo ivuza induru.

27 Bose barumirwa bigeza aho babazanya bati: “Ibi ni ibiki? Mbega inyigisho nshya! Arategekana ububasha ingabo za Satani na zo zikamwumvira!”

28 Bidatinze inkuru ye yamamara mu karere kose ka Galileya.

Yezu akiza abarwayi benshi

29 Bakiva mu rusengero Yezu ajya kwa Simoni na Andereya, ari kumwe na Yakobo na Yohani.

30 Bagezeyo basanga nyirabukwe wa Simoni aryamye ahinda umuriro. Ako kanya babwira Yezu iby’uburwayi bwe.

31 Yezu aramusanga, amufata ukuboko aramwegura. Nuko umuriro urazima, arabyuka arabazimanira.

32 Nimugoroba izuba rirenze, abantu bamuzanira abarwayi bose n’abahanzweho n’ingabo za Satani.

33 Abaturage b’umujyi bose bari bateraniye ku irembo.

34 Nuko akiza abantu benshi bari barwaye indwara zitari zimwe, amenesha n’ingabo nyinshi za Satani zari mu bantu. Ariko ntiyazikundira kuvuga kuko zari zamumenye.

Yezu avuga Ubutumwa bwiza muri Galileya

35 Bukeye bwaho Yezu abyuka kare mu rukerera, ajya ahantu hiherereye arasenga.

36 Simoni na bagenzi be bajya kumushaka.

37 Bamubonye baramubwira bati: “Abantu bose baragushaka.”

38 Arabasubiza ati: “Ahubwo nimuze tujye mu yindi misozi idukikije, na ho namamazeyo Ubutumwa bwiza kuko ari cyo cyanzanye.”

39 Nuko azenguruka Galileya yose avuga Ubutumwa bwiza, abutangariza mu nsengero zaho kandi amenesha ingabo za Satani zari mu bantu.

Yezu akiza umuntu urwaye ibibembe

40 Nuko umuntu urwaye ibibembe asanga Yezu aramupfukamira, aramubwira ati: “Ubishatse wankiza.”

41 Yezu amugirira impuhwe, arambura ukuboko amukoraho agira ati: “Ndabishaka kira.”

42 Ako kanya ibibembe bimushiraho arakira.

43 Yezu ahita amusezerera amwihanangiriza ati:

44 “Uramenye ntugire uwo ubibwira. Icyakora ujye kwiyereka umutambyi maze uture igitambo cyo guhumanurwa nk’uko Musa yabitegetse, bibabere icyemezo cy’uko wakize.”

45 Nyamara uwo muntu akimara kuva aho atangira kubyamamaza, abibwira umuhisi n’umugenzi bigeza aho Yezu yari atakigenda mu mijyi ku mugaragaro, ahubwo akigumira mu gasozi ahantu hadatuwe, akaba ari ho abantu bamusanga baturutse hirya no hino.

—https://api-cdn.youversionapi.com/audio-bible-youversionapi/126/32k/MRK/1-cb65c4f8a65b50637294de004db9c9e0.mp3?version_id=387—

Categories
Mariko

Mariko 2

Yezu akiza ikimuga

1 Hashize iminsi mike Yezu agaruka i Kafarinawumu, abantu bamenya ko ari imuhira.

2 Hateranira abantu benshi buzura mu nzu, ku buryo nta kanya na busa kabonekaga haba no mu muryango. Yezu atangira kubabwira Ijambo ry’Imana.

3 Haza abantu bamuzaniye umuntu umugaye ahetswe na bane muri bo.

4 Basanga badashoboye kumugeza aho Yezu ari kuko hari abantu benshi. Nuko basambura igisenge cy’inzuaharinganiye n’aho Yezu yari ari, maze mu cyuho baciye bamanuriramo ingobyi uwo muntu umugaye yari ahetswemo.

5 Yezu abonye ukwizera kwabo abwira uwo murwayi ati: “Mwana wanjye, ibyaha byawe urabibabariwe.”

6 Bamwe mu bigishamategeko bari bicaye aho barabazanya bati:

7 “Uriya atewe n’iki kuvuga atyo? Aratuka Imana! Ni nde ubasha kubabarira abantu ibyaha uretse Imana yonyine?”

8 Ako kanya Yezu amenya ibyo batekereza, ni ko kubabaza ati: “Ni iki kibateye gutekereza mutyo?

9 Icyoroshye ni ikihe, ari ukubwira uyu muntu umugaye ngo ‘Ibyaha byawe urabibabariwe’, cyangwa ngo ‘Byuka ufate ingobyi yawe ugende?’

10 Nyamara ndagira ngo mumenye ko ku isi Umwana w’umuntu afite ubushobozi bwo kubabarira abantu ibyaha.” Nuko abwira uwo muntu umugaye ati:

11 “Ndagutegetse, byuka ufate ingobyi yawe witahire.”

12 Ako kanya arabyuka afata ingobyi ye, asohoka abantu bose bamureba ku buryo bose batangaye cyane, basingiza Imana bati: “Nta na rimwe twigeze tubona ibintu nk’ibi!”

Yezu ahamagara Levi

13 Yezu asubira ku Kiyaga cya Galileya, maze imbaga y’abantu irahamusanga arabigisha.

14 Nuko ahise abona Levi mwene Alufeyi, yicaye ku biro by’imisoro. Aramubwira ati: “Nkurikira!” Levi aherako arahaguruka aramukurikira.

15 Igihe Yezu n’abigishwa be bari kwa Levi bafungura, abasoresha benshi n’abandi banyabyaha baraza basangira na bo, kuko mu bamukurikiraga, bene nk’abo bari benshi!

16 Abigishamategeko bo mu Bafarizayi babonye Yezu asangira n’abasoresha n’abanyabyaha, babaza abigishwa be bati: “Kuki asangira n’abasoresha n’abanyabyaha?”

17 Yezu abyumvise arababwira ati: “Abazima si bo bakenera umuvuzi, ahubwo abarwayi ni bo bamukenera. Sinazanywe no guhamagara intungane, ahubwo naje guhamagara abanyabyaha.”

Ibyerekeye kwigomwa kurya

18 Igihe kimwe abigishwa ba Yohani Mubatiza n’Abafarizayi bari bigomwe kurya, maze abantu basanga Yezu baramubaza bati: “Kuki abigishwa ba Yohani n’ab’Abafarizayi bigomwa kurya, naho abawe ntibabikore?”

19 Yezu arabasubiza ati: “Mbese mu bukwe abasangwa bashobora kwigomwa kurya, umukwe akiri kumwe na bo? Oya, igihe cyose bakiri kumwe ntibashobora kwigomwa kurya.

20 Nyamara igihe kizagera umukwe avanwe muri bo, ni bwo bazigomwa kurya.

21 “Ntawe utera ikiremo gishya ku mwenda ushaje. Uwabikora, ikiremo gishya cyawukurura ukarushaho gushishimuka.

22 Nta n’usuka inzoga y’umubira mu mpago z’impuzishaje. Uwabikora, impago zaturika zikangirika inzoga igasandara. Ahubwo inzoga y’umubira bayisuka mu mpago zikiri nshya.”

Yezu yigisha iby’isabato

23 Igihe kimwe Yezu anyuze mu mirima y’ingano ku isabato, abigishwa be bagenda baca amahundo.

24 Nuko Abafarizayi babwira Yezu bati: “Dorere, kuki bakora ibidakwiriye gukorwa ku isabato?”

25 Yezu arababaza ati: “Mbese ntimwigeze musoma ibyo Dawidi yakoze, igihe we n’abo bari kumwe bari bashonje cyane?

26 Icyo gihe yinjiye mu Nzu y’Imana arya imigati yatuwe Imana, kandi nta wemererwaga kuyirya uretse abatambyi. Ariko Dawidi yayiriyeho ahaho n’abo bari kumwe. Ibyo byabaye igihe Abiyatari yari Umutambyi mukuru.”

27 Yezu arababwira ati: “Isabato yabereyeho abantu, abantu si bo babereyeho isabato.

28 Nuko rero Umwana w’umuntu ni we ugenga n’isabato.”

—https://api-cdn.youversionapi.com/audio-bible-youversionapi/126/32k/MRK/2-10f5831cf58368a6ed468443b7fac187.mp3?version_id=387—

Categories
Mariko

Mariko 3

Yezu akiza umuntu wari unyunyutse ikiganza

1 Yezu asubiye mu rusengero ahasanga umuntu wari unyunyutse ikiganza.

2 Bagenzura Yezu ngo barebe ko amukiza ku isabato, kugira ngo babone icyo bamurega.

3 Yezu abwira uwo muntu wari unyunyutse ikiganza ati: “Haguruka ujye hariya hagati.”

4 Nuko arababaza ati: “Mbese hemewe iki ku munsi w’isabato, kugira neza cyangwa se kugira nabi? Gukiza umuntu cyangwa kumwica?” Baricecekera.

5 Yezu abararanganyamo amaso arakaye, kandi atewe agahinda n’uko imitima yabo inangiye. Nuko abwira uwo muntu ati: “Rambura ikiganza.” Arakirambura maze cyongera kuba kizima.

6 Abafarizayi basohotse, ako kanya bahuza umugambi n’abo mu ishyaka rya Herodi, kugira ngo bashake uko bamwica.

Abantu benshi basanga Yezu ku Kiyaga cya Galileya

7 Nuko Yezu n’abigishwa be bagenda bagana ku kiyaga, imbaga nyamwinshi y’abantu iramukurikira. Bari baturutse muri Galileya no muri Yudeya,

8 baturutse n’i Yeruzalemu no mu ntara ya Idumeya no hakurya ya Yorodani, no mu karere ka Tiri na Sidoni. Bazanywe n’uko bumvise ibyo Yezu yakoraga.

9 Nuko abwira abigishwa be kumwegereza ubwato ngo ajyemo rubanda rutamuniganaho,

10 kuko yari yakijije abantu benshi bigatuma abari barwaye bose bamwisukaho kugira ngo bamukoreho.

11 Ingabo za Satani na zo iyo zabonaga Yezu, zituraga hasi imbere ye zikarangurura ziti: “Uri Umwana w’Imana.”

12 Na we akazibuza azihanangiriza ngo ze kumwamamaza.

Yezu atoranya abigishwa cumi na babiri

13 Hanyuma Yezu azamuka umusozi, maze ahamagara abo yishakiye baramusanga.

14 Nuko atoranya muri bo cumi na babiri kugira ngo babane na we, ajye abohereza kwamamaza Ubutumwa bwiza,

15 abaha n’ububasha bwo kumenesha ingabo za Satani.

16 Abo cumi na babiri yatoranyije ni aba: Simoni Petero,

17 na Yakobo na Yohani bene Zebedeyi ari bo yahimbye Bowanerige (ni ukuvuga “abakubita nk’inkuba”),

18 na Andereya na Filipo na Barutolomayo, na Matayo na Tomasi na Yakobo mwene Alufeyi, na Tadeyo na Simoni w’umurwanashyaka w’igihugu,

19 na Yuda Isikariyoti wa wundi wagambaniye Yezu.

Yezu na Bēlizebuli

20 Hanyuma Yezu agaruka imuhira, imbaga y’abantu yongera guterana, bigeza aho we n’abigishwa be babura uko bafungura.

21 Bene wabo babimenye baza kuhamuvana, kuko bavugaga bati: “Yasaze.”

22 Abigishamategeko bari bavuye i Yeruzalemu baravuga bati: “Yahanzweho na Bēlizebuli”, kandi bati: “Ububasha bwo kumenesha ingabo za Satani abuhabwa n’uwo mutware wazo.”

23 Yezu arabahamagara maze abaha urugero ati: “Satani ashobora ate kumenesha Satani?

24 Iyo igihugu gisubiranyemo ntigishobora gukomera.

25 Byongeye kandi iyo umuryango usubiranyemo, ntushobora gukomera.

26 Nuko rero niba Satani ubwe yirwanya, aba yiciyemo ibice ntashobore gukomera, ibye bikaba birangiye.

27 “Ntawe ubasha kwigabiza urugo rw’umunyamaboko ngo amusahure ibyo atunze keretse abanje kumuboha, ubwo ni bwo yasahura urugo rwe.

28 “Ndababwira nkomeje ko ibyaha byose abantu bakoze, ndetse n’ibyo batutse Imana byose bazabibabarirwa.

29 Ariko uzatuka Mwuka Muziranenge ntabwo azababarirwa bibaho. Azabarwaho icyaha gihoraho iteka ryose.”

30 Icyateye Yezu kuvuga ibyo ni uko bari bavuze ngo yahanzweho n’ingabo ya Satani.

Nyina wa Yezu n’abavandimwe be

31 Nyina wa Yezu n’abavandimwe be baraza bahagarara hanze, bamutumaho.

32 Abantu benshi bari bicaye bamukikije baramubwira bati: “Yewe, nyoko n’abavandimwe bawe bari hanze baragushaka.”

33 Yezu arabasubiza ati: “Mama n’abavandimwe banjye ni bande?”

34 Nuko araranganya amaso mu bari bicaye bamukikije, aravuga ati: “Mama n’abavandimwe banjye ni aba:

35 umuntu wese ukora ibyo Imana ishaka ni we murumuna wanjye, ni we mushiki wanjye, ni na we mama.”

—https://api-cdn.youversionapi.com/audio-bible-youversionapi/126/32k/MRK/3-c47f71ddb388bd71fc42c07004c265bc.mp3?version_id=387—

Categories
Mariko

Mariko 4

Umugani w’umubibyi

1 Yezu yongera kwigishiriza ku nkombe y’ikiyaga. Imbaga y’abantu iramukikiza bituma ajya mu bwato yicaramo, abantu bose baguma imusozi.

2 Nuko abigisha ibintu byinshi akoresheje imigani ati:

3 “Nimutege amatwi: umuntu yagiye kubiba,

4 igihe abiba imbuto zimwe zigenda zigwa ku nzira, hanyuma inyoni ziraza zirazitoragura.

5 Izindi zigwa ku gasi zihita zimera, kuko ubutaka ari bugufi.

6 Izuba ricanye rirazotsa ziruma, kuko zidafite aho zishorera imizi.

7 Izindi zigwa mu mahwa, amahwa azirengaho ziragwingira ntizera.

8 Izindi zigwa mu butaka bwiza, ziramera zirakura maze zirera. Zimwe zera imbuto mirongo itatu, izindi mirongo itandatu, izindi ijana.”

9 Nuko Yezu aravuga ati: “Ufite amatwi yumva ngaho niyumve!”

Igituma Yezu yavugiraga mu migani

10 Yezu asigaye wenyine, abari kumwe na we barimo ba bandi cumi na babiri, bamusobanuza iby’imigani ye.

11 Nuko arababwira ati: “Mwebwe mwahawe kumenya ibanga ry’ubwami bw’Imana, naho abandi byose babimenyeshwa n’imigani,

12 kugira ngo

‘Kureba barebe ariko be kubona,

kumva bumve ariko be gusobanukirwa,

kugira ngo batagarukira Imana ikabababarira.’ ”

Yezu asobanura umugani w’umubibyi

13 Nuko yongera kubabwira ati: “Ese ko mutumvise uwo mugani, iyindi yose muzayimenya mute?

14 Imbuto umubibyi abiba ni Ijambo ry’Imana.

15 Imbuto zaguye ku nzira zigereranywa n’abantu bumva iryo Jambo, maze ako kanya Satani akaza agakuraho Ijambo ryabibwe muri bo.

16 Izabibwe ku gasi ni nk’abantu bumva Ijambo ry’Imana, ako kanya bakaryakirana ubwuzu,

17 nyamara ntibatume rishorera imizi muri bo, bityo bakarimarana igihe gito. Iyo habaye ingorane cyangwa gutotezwa bahōrwa Ijambo ry’Imana, bahita bacika intege.

18 Abandi ni nk’izabibwe mu mahwa. Ni abumva Ijambo ry’Imana,

19 nyamara guhagarikwa umutima n’iby’isi no gushukwa n’ubukungu, no gutwarwa n’irari ry’ibindi bintu byose bikarenga kuri iryo Jambo, rikaba nk’imbuto zarumbye.

20 Naho abagereranywa n’izabibwe mu butaka bwiza, ni abumva Ijambo ry’Imana bakaryakira bakera imbuto, bamwe mirongo itatu, abandi mirongo itandatu, abandi ijana.”

Ikigereranyo cy’itara

21 Yezu arababaza ati: “Mbese hari uwacana itara akaryubikaho akabindi, cyangwa akaritereka munsi y’igitanda, ahubwo ntiyaritereka ahirengeye?

22 Nta gihishwe kitazahishurwa, nta n’ibanga ritazashyirwa ahagaragara.

23 Ufite amatwi yumva ngaho niyumve!”

24 Arongera arababwira ati: “Murajye mwitondera ibyo mwumva. Akebo mugeramo ni ko namwe muzagererwamo, ndetse muzarushirizwaho.

25 Ufite azongererwa, naho udafite na busa azakwa n’utwo yaririragaho.”

Ikigereranyo cy’imbuto zimejeje

26 Yezu arongera aravuga ati: “Iby’ubwami bw’Imana wabigereranya n’umuntu utera imbuto mu murima.

27 Yasinzira cyangwa yaba maso ijoro n’amanywa, izo mbuto ziramera zigakura atazi uko bigenda.

28 Ubutaka ubwabwo ni bwo bwera imyaka: habanza ingemwe zigakura zikaba imigengararo, hanyuma na yo ikaba amahundo arimo impeke zeze.

29 Nuko imyaka yamara kwera, nyir’umurima agahita ategeka ko bazana imihoro ngo bayisarure, kuko ari igihe.”

Ikigereranyo cy’akabuto

30 Yezu yongera kuvuga ati: “Mbese ubwami bw’Imana twabugereranya n’iki, cyangwa twabacira uwuhe mugani wo kubwerekana?

31 Twabugereranya n’akabuto kitwa sinapi, igihe bagatera kaba karutwa n’izindi mbuto zose zo ku isi.

32 Nyamara iyo bamaze kugatera karamera kagakura, kagasumba ibihingwa byose kakagaba amashami manini, inyoni zikaza kugamamo.”

33 Nuko Yezu akomeza kubabwira Ijambo ry’Imana, akoresha imigani myinshi nk’iyo ku rugero bashoboye kumva.

34 Nta cyo yababwiraga adakoresheje imigani, ariko abigishwa be akabasobanurira byose biherereye.

Yezu ahosha inkubi y’umuyaga

35 Uwo munsi bugorobye, Yezu abwira abigishwa be ati: “Twambuke dufate hakurya.”

36 Basiga rubanda aho bamujyana muri bwa bwato yarimo, n’andi mato aramuherekeza.

37 Nuko haza inkubi y’umuyaga, umuhengeri w’amazi utangira kwiroha mu bwato bwenda gusendera.

38 Yezu we yari aryamye inyuma mu bwato, yiseguye agasego asinziriye. Abigishwa be baramukangura baramubwira bati: “Mwigisha, nta cyo bikubwiye ko tugiye gushira?”

39 Nuko arakanguka maze acyaha umuyaga, abwira n’ikiyaga ati: “Tuza! Gwa neza!”

Umuyaga urahosha haba ituze ryinshi.

40 Hanyuma arababaza ati: “Ni iki cyabateye ubwoba bungana butyo? Mbese n’ubu ntimurizera?”

41 Abigishwa be bakuka umutima barabazanya bati: “Uyu ni muntu ki utegeka umuyaga n’ikiyaga bikamwumvira?”

—https://api-cdn.youversionapi.com/audio-bible-youversionapi/126/32k/MRK/4-24c63283ca7375ea7feaf8076a10f2de.mp3?version_id=387—

Categories
Mariko

Mariko 5

Yezu akiza umuntu w’i Gerasa wahanzweho

1 Yezu afata hakurya y’ikiyaga mu ntara y’Abanyagerasa.

2 Yezu akigera imusozi, umuntu aza amusanga aturutse mu irimbi. Uwo muntu yari ahanzweho n’ingabo ya Satani.

3 Yiberaga mu irimbi kandi nta muntu n’umwe wari ugishobora kumuboha, haba no kumubohesha iminyururu.

4 Akenshi bamubohaga amaguru bakoresheje ibyuma, n’amaboko bakoresheje iminyururu, noneho iminyururu akayituraguritsa, n’ibyuma akabicagagura. Nta muntu wari ukimushobora.

5 Ijoro n’amanywa yazereraga mu irimbi no ku misozi, avuza induru kandi yikebesha amabuye.

6 Akiri kure abona Yezu, aza yiruka aramupfukamira.

7 Maze avuga cyane aranguruye ijwi ati: “Uranshakaho iki, Yezu Mwana w’Imana Isumbabyose? Girira Imana we kunyica urubozo!”

8 Ibyo byatewe n’uko Yezu yari ategetse ati: “Ngabo ya Satani, va muri uwo muntu!”

9 Yezu abaza uwo muntu ati: “Witwa nde?”

Aramusubiza ati: “Nitwa Giteronyamwinshi, kuko turi benshi cyane.”

10 Nuko yinginga Yezu cyane ngo ye kumenesha izo ngabo za Satani mu gihugu.

11 Hafi aho ku musozi hari umugana munini w’ingurubezarishaga.

12 Izo ngabo za Satani zinginga Yezu ziti: “Tureke twigire muri ziriya ngurube tuziberemo!”

13 Arazemerera. Nuko ziva muri uwo muntu zinjira mu ngurube, maze umugana wose ucuncumuka ku gacuri wiroha mu kiyaga. Izo ngurube zose uko zari nk’ibihumbi bibiri zirarohama.

14 Abashumba bazo barahunga, iyo nkuru bayikwiza mu mujyi no mu byaro. Abaturage bahita baza kureba ibibaye ibyo ari byo.

15 Bageze aho Yezu ari, babona wa muntu wari warahanzweho na cya gitero nyamwinshi cy’ingabo za Satani, basanga yicaye yambaye, yagaruye ubwenge bibatera ubwoba.

16 Ababibonye babatekerereza ibyabaye kuri uwo muntu wari warahanzweho, n’ibyabaye kuri za ngurube.

17 Baherako binginga Yezu ngo abavire ku musozi.

18 Yezu agiye mu bwato, uwari warahanzweho aramwinginga ngo bijyanire.

19 Yezu ntiyamwemerera ahubwo aramubwira ati: “Subira imuhira usange bene wanyu, ubatekerereze ibyo Nyagasani yagukoreye byose n’impuhwe yakugiriye.”

20 Nuko uwo muntu aragenda, atangira kwamamaza muri ako karere ka Dekapoli ibyo Yezu yamukoreye byose, abantu bose baratangara.

Yezu akiza umugore urwaye, azura n’umwana

21 Hanyuma Yezu ajya mu bwato asubira hakurya. Imbaga nyamwinshi y’abantu yongera guteranira aho ari, ku nkombe y’ikiyaga.

22 Haza umuntu witwaga Yayiro, wari umwe mu batware b’urusengero rw’Abayahudi. Abonye Yezu aramupfukamira,

23 aramwinginga cyane ati: “Umukobwa wanjye arenda gupfa. Ndakwinginze ngwino umurambikeho ibiganza, kugira ngo akire ye gupfa.”

24 Nuko barajyana. Yezu aherekezwa n’abantu benshi bagenda bamubyiganiraho.

25 Muri bo hari umugore wari urwaye indwara yo kuva, ayimaranye imyaka cumi n’ibiri.

26 Yarababaraga cyane, biturutse no ku baganga benshi yivujeho. Ibintu bimushiraho ntibyagira icyo bimumarira, ahubwo arushaho kumererwa nabi.

27 Yumvise ibyo bavugaga kuri Yezu, araza aca mu kivunge cy’abantu, amuturuka inyuma akora ku mwitero we

28 kuko yibwiraga ati: “Ninkora ku myambaro ye ndakira.”

29 Amaraso ahita akama, maze yumva mu mubiri we akize ya ndwara.

30 Ako kanya Yezu yiyumvamo ko hari imbaraga zimuvuyemo, arahindukira areba abantu, arababaza ati: “Ni nde ukoze ku myambaro yanjye?”

31 Abigishwa be baramusubiza bati: “Dorere! Abantu barakubyiganiraho nawe ukabaza ngo ‘Ni nde unkozeho?’ ”

32 Yezu abararanganyamo amaso, kugira ngo arebe uwabikoze uwo ari we.

33 Wa mugore ashya ubwoba ahinda umushyitsi, kuko yari azi ibimaze kumubaho. Araza amwikubita imbere, amubwiza ukuri kose.

34 Yezu ni ko kumubwira ati: “Mwana wanjye, ukwizera kwawe kuragukijije. Genda amahoro kandi ukire icyo cyago!”

35 Akivuga atyo haza intumwa zibwira wa mutware w’urusengero ziti: “Ko umukobwa wawe amaze gupfa, uraruhiriza iki umwigisha?”

36 Ariko Yezu yirengagizaibyo bavuze, abwira uwo mutware w’urusengero ati: “Witinya, nyizera gusa!”

37 Nuko ntiyagira uwo akundira kujyana na we, uretse Petero, na ba bavandimwe Yakobo na Yohani.

38 Bageze mu rugo rw’uwo mutware w’urusengero, Yezu ahasanga urusaku rw’abarira n’abacura imiborogo.

39 Yinjiye mu nzu arababaza ati: “Ni iki gitumye musakuza? Murarizwa n’iki? Umwana ntiyapfuye, ahubwo arasinziriye.”

40 Baramuseka cyane. Yezu ni ko guhēza abantu bose, ajyana n’ababyeyi b’umwana n’abari kumwe na we, bajya aho umwana ari.

41 Amufata ukuboko aramubwira ati: “Talita kumi”, ni ukuvuga ngo “Mukobwa, byuka!”

42 Ako kanya uwo mukobwa arabyuka atangira kugenda, abantu barumirwa. Yari amaze imyaka cumi n’ibiri avutse.

43 Yezu arabihanangiriza ngo be kugira uwo bamenyesha ibibaye, kandi ababwira kugaburira uwo mwana.

—https://api-cdn.youversionapi.com/audio-bible-youversionapi/126/32k/MRK/5-900ac18b8512398026a5d0b734cfa9f3.mp3?version_id=387—

Categories
Mariko

Mariko 6

Ab’i Nazareti bahinyura Yezu

1 Yezu ava aho ngaho ajya mu mujyi w’iwabo. Abigishwa be bajyana na we.

2 Isabato igeze ajya kwigishiriza mu rusengero. Abenshi bamwumvise baratangara cyane bati: “Mbese biriya byose abikomora he? Ubu bwenge yahawe ni bwenge ki? Ibi bitangaza byo abikora ate?

3 Mbese si we wa mubaji mwene Mariya, akaba n’umuvandimwe wa Yakobo na Yozefu, na Yuda na Simoni? Ese bashiki be bo ntiduturanye?” Ibyo bituma batamwemera.

4 Nuko Yezu arababwira ati: “Nta handi umuhanuzi asuzugurwa uretse mu karere k’iwabo no muri bene wabo, n’iwe mu rugo.”

5 Ntiyashobora kugira igitangaza ahakorera, uretse abarwayi bamwe yakijije abarambitseho ibiganza.

6 Atangazwa n’uko batamwemeye.

Yezu atuma abigishwa be cumi na babiri

Yezu azenguruka ako karere kose yigisha, ava ku murenge ajya ku wundi.

7 Nuko ahamagara ba bigishwa be cumi na babiri, atangira kubatuma babiri babiri, abaha ububasha bwo kumenesha ingabo za Satani.

8 Arabihanangiriza ati: “Ntimugire icyo mujyana, yaba impamba cyangwa umufuka, cyangwa amafaranga mutwara mu mikandara yanyu, keretse inkoni yonyine.

9 Mwambare inkweto, mwambare n’ikanzu imwe ntimujyane iya kabiri.

10 Urugo muzabonamo icumbi, muzarugumemo kugeza igihe muzahavira.

11 Ahantu hose batazabakira ntibabatege amatwi, muzaveyo muhunguye umukunguguwo mu birenge byanyu, kugira ngo bibabere icyemezo cy’icyaha cyabo.”

12 Nuko baragenda bajya kubwira abantu ko bagomba kwihana.

13 Bamenesha ingabo nyinshi za Satani zari mu bantu, basīga abarwayi benshi amavutabarabakiza.

Urupfu rwa Yohani Mubatiza

14 Umwami Herodi yumva ibya Yezu, kandi koko izina rye ryari rimaze kwamamara hose. Bamwe baravugaga bati: “Ni Yohani Mubatiza wazutse! Ni cyo gituma afite ububasha bwo gukora ibitangaza.”

15 Abandi bakavuga bati: “Ni Eliya.”

Naho abandi bati: “Ni umuhanuzi kimwe n’abahanuzi ba kera.”

16 Herodi na we abyumvise aravuga ati: “Ni Yohani! Namuciye igihanga none yazutse!”

17 Koko kandi Herodi yari yaratumye abantu gufata Yohani, baramuboha bamushyira muri gereza, impamvu yaturutse kuri Herodiya umugore w’umuvandimwe we Filipo. Uwo mugore Herodi yari yaramutunze.

18 Ni cyo cyatumaga Yohani abwira Herodi ati: “Ntibyemewe ko utunga umugore w’umuvandimwe wawe.”

19 Kubera iyo mpamvu Herodiya arwara Yohani inzika, agashaka uko yamwicisha nyamara ntabishobore.

20 Herodi yatinyaga Yohani akajya amurengera, kuko yari azi ko ari intungane akaba n’umuziranenge. Yakundaga kumwumva nubwo yamubwiraga ibimubangamiye.

21 Nuko Herodi atumira abatware be n’abakuru b’abasirikari n’abanyacyubahiro bo muri Galileya, mu munsi mukuru wo kwibuka ivuka rye. Noneho Herodiya abona ko ari cyo gihe cyo kwihimūra.

22 Umukobwa we araza arabyina, binyura Herodi n’abatumirwa be. Umwami Herodi ni ko kubwira uwo mukobwa ati: “Nsaba icyo ushaka cyose ndakiguha.”

23 Ndetse aramurahira ati: “Icyo unsaba cyose ndakiguha, naho cyaba ari kimwe cya kabiri cy’igihugu cyanjye.”

24 Nuko uwo mukobwa arasohoka, abaza nyina ati: “Nsabe iki?”

Undi ati: “Saba igihanga cya Yohani Mubatiza.”

25 Ako kanya uwo mukobwa ariruka asanga umwami ati: “Ndashaka ko mumpa igihanga cya Yohani Mubatiza, mukakimpa nonaha ku mbehe.”

26 Umwami agira agahinda kenshi, nyamara kubera ko yari yabirahiriye imbere y’abatumirwa be yanga kukimwima.

27 Ako kanya yohereza umusirikari, amutegeka kuzana igihanga cya Yohani. Uwo musirikari ajya muri gereza, aca Yohani igihanga

28 akizana ku mbehe. Agiha uwo mukobwa, na we agishyikiriza nyina.

29 Abigishwa ba Yohani bumvise ibyabaye, baraza bajyana umurambo we bawushyingura mu mva.

Yezu agaburira abantu barenze ibihumbi bitanu

30 Nuko Intumwa za Yezu zigaruka aho ari, zimutekerereza ibyo zakoze n’ibyo zigishije byose.

31 Arazibwira ati: “Nimuze tujye kwiherera ahantu hadatuwe muruhuke ho gato”, kuko abantu bari benshi cyane ari urujya n’uruza, bigatuma batabona n’uko bafungura.

32 Nuko bajya mu bwato bajya kwiherera ahantu hadatuwe.

33 Benshi mu bababonye bagenda barabamenya. Nuko bava mu mijyi yaho yose, bariruka banyura iy’ubutaka, babatanga kuhagera.

34 Yezu ageze imusozi abona iyo mbaga y’abantu abagirira impuhwe, kuko bari bameze nk’intama zitagira umushumba. Nuko atangira kubigisha byinshi.

35 Umunsi ukuze abigishwa be baramwegera, baramubwira bati: “Aha hantu ntihatuwe kandi dore burije.

36 Sezerera aba bantu bajye mu mihana no mu nsisiro za bugufi, bihahire ibyo barya.”

37 Yezu arabasubiza ati: “Ahubwo mube ari mwe mubafungurira.”

Baramubaza bati: “Mbese uragira ngo dutange ay’igihembo cy’imibyizi magana abiri, tubagurire imigati yo kurya?”

38 Na we arababaza ati: “Mufite imigati ingahe? Nimujye kureba.”

Bamaze kubimenya baramubwira bati: “Hari itanu n’amafi abiri.”

39 Nuko abategeka kwicaza abantu mu byatsi bitoshye, biremyemo amatsinda.

40 Bicara mu matsinda, rimwe ijana, irindi mirongo itanu, bityo bityo.

41 Afata iyo migati itanu n’amafi abiri, areba ku ijuru, ashimira Imana. Nuko amanyura iyo migati, ayiha abigishwa be, na bo bayikwiza abantu. N’amafi abiri ayagabanya abantu bose.

42 Nuko bose bararya barahaga.

43 Bateranya utumanyu tw’imigati n’utw’amafi twasigaye, twose twuzura inkangara cumi n’ebyiri.

44 Mu bariye, abagabo bonyine bari ibihumbi bitanu.

Yezu agenda ku mazi

45 Bikirangira Yezu ategeka abigishwa be kujya mu bwato, kugira ngo bamubanzirize kugera hakurya i Betsayida, mu gihe agisezerera iyo mbaga y’abantu.

46 Amaze kubasezerera azamuka umusozi ajya gusenga.

47 Bumaze kwira ubwato bwari bugeze mu kiyaga hagati, naho Yezu yasigaye imusozi wenyine.

48 Abonye ko bagashya bibaruhije kuko umuyaga wabaturukaga imbere, bujya gucya Yezu aza abagana agenda ku mazi, asa n’ushaka kubanyuraho.

49 Bamubonye agenda ku mazi bakeka ko ari umuzimu bavuza induru,

50 kuko bose bamubonye bagakuka umutima cyane. Ako kanya Yezu arababwira ati: “Nimuhumure ni jye, mwigira ubwoba!”

51 Abasanga mu bwato umuyaga urahosha, abigishwa be barumirwa.

52 N’igihe yatuburaga imigati ntibari basobanukiwe icyo bivuga, kuko imitima yabo yari ihumye.

Yezu akiza abarwayi mu ntara ya Genezareti

53 Bamaze gufata hakurya mu ntara ya Genezareti, bazirika ubwato.

54 Bakibuvamo abantu babona Yezu baramumenya.

55 Bagenda bihuta bakwiza inkuru muri ako karere kose. Abantu bumvise aho Yezu ari, bahita baheka abarwayi babo barabamushyīra.

56 Byongeye kandi aho yahingukaga hose, ari mu byaro, ari mu mijyi, ari no mu misozi bashyiraga abarwayi ahagaragara, bakamwinginga ngo byibura bakore ku ncundaz’umwitero we, abazikozeho bose bagakira.

—https://api-cdn.youversionapi.com/audio-bible-youversionapi/126/32k/MRK/6-cab515d82ac08157b0e8cec48aa081b4.mp3?version_id=387—

Categories
Mariko

Mariko 7

Yezu ahinyura inyigisho z’Abafarizayi

1 Abafarizayi na bamwe mu bigishamategeko baturutse i Yeruzalemu bakikiza Yezu.

2 Babona bamwe mu bigishwa be barisha intoki zanduye, ni ukuvuga badakarabye.

3 Koko kandi Abafarizayi kimwe n’abandi Bayahudi bose, ntabwo barya batabanje gukaraba intoki babyitondeye, bakurikiza umuco wa ba sekuruza.

4 N’iyo bavuye mu isoko, ntabwo barya batabanje kwitera amazi. Bafite n’indi mihango baziririza basigiwe na ba sekuruza, nk’iyo koza ibikombe n’ibibindi n’inzabya z’umuringa [n’ibitanda] babihumanura.

5 Noneho Abafarizayi n’abigishamategeko babaza Yezu bati: “Kuki abigishwa bawe batubahiriza umuhango wa ba sogokuruza, bakarya badakarabye?”

6 Yezu arabasubiza ati: “Mwa ndyarya mwe, Ezayi yabahanuye uko muri nk’uko Ibyanditswe bivuga ngo:

‘Aba bantu bampoza ku rurimi,

ariko imitima yabo imba kure.

7 Barushywa n’ubusa bansenga,

kuko inyigisho bigisha ari amategeko y’abantu gusa.’ ”

8 Yezu arakomeza ati: “Amategeko y’Imana muyarengaho, mukihambira ku mihango y’abantu.

9 Mwihatira kwirengagiza ibyo Imana yategetse, kugira ngo mukurikize imihango yanyu.

10 Musa yaravuze ati: ‘Ujye wubaha so na nyoko’, kandi ati: ‘Uzatuka se cyangwa nyina azicwe.’

11 Naho mwebwe muvuga ko umuntu ashobora kubwira se cyangwa nyina ati: ‘Icyo najyaga kugufashisha ni “Korubani” (ni ukuvuga ituro ryagenewe Imana)’.

12 Bityo mukaba mutakimukundiye kugifashisha se cyangwa nyina,

13 mukaba muhinduye ubusa Amategeko y’Imana kubera imihango yababayemo akarande. Hariho kandi n’ibindi byinshi bene nk’ibyo mukora.”

Ibihumanya umuntu

14 Nuko Yezu yongera guhamagara rubanda arababwira ati: “Nimuntege amatwi mwese kandi musobanukirwe ibi:

15 nta cyinjira mu muntu kivuye inyuma cyamuhumanya. Ahubwo ikiva mu muntu ni cyo kimuhumanya. [

16 Ufite amatwi yumva ngaho niyumve!]”

17 Yezu amaze gutandukana na rubanda asubira imuhira, abigishwa be bamusobanuza iby’ayo marenga.

18 Arababwira ati: “Mbese namwe muri abaswa bigeze aho? Ese ntimuramenya ko nta cyinjira mu muntu kivuye hanze kimuhumanya?

19 Si mu mutima kiba kigiye ahubwo kiba kigiye mu nda, nyuma kikamuvamo kinyuze epfo.” Bityo Yezu yemezaga ko nta byokurya bihumanya.

20 Arongera aravuga ati: “Ikiva mu muntu ni cyo kimuhumanya,

21-22 kuko mu mitima y’abantu ari ho hava imigambi mibi: ubusambanyi n’ubujura n’ubwicanyi, n’irari n’ubugome n’uburiganya, no kwiyandarika n’ishyari, no gutukana n’ubwirasi n’ubugoryi.

23 Ibyo bibi byose biva mu muntu imbere ni byo bimuhumanya.”

Umugore utari Umuyahudi asanga Yezu

24 Nuko Yezu arahaguruka ajya mu karere gahereranye n’umujyi wa Tiri, yinjira mu nzu. Ntiyashakaga ko hagira ubimenya, ariko ntiyashobora kwihisha.

25 Umugore wari ufite akana k’agakobwa kahanzweho n’ingabo ya Satani, yumvise ibya Yezu ahita aza amwikubita imbere.

26 Uwo mugore yari umunyamahangakazi w’i Fenisiya ho muri Siriya. Nuko asaba Yezu kumenesha iyo ngabo ya Satani yari mu mukobwa we.

27 Yezu aramusubiza ati: “Reka abana babanze bahage, kuko atari byiza gufata ibyokurya byabo ngo ubijugunyire imbwa.”

28 Umugore aramusubiza ati: “Ni koko Nyagasani, ariko kandi n’imbwa zibunze munsi y’ameza zirya utwo abana bataye hasi.”

29 Yezu aramubwira ati: “Kuko uvuze utyo igendere, ingabo ya Satani ivuye mu mukobwa wawe.”

30 Asubiye imuhira asanga wa mwana aryamye ku buriri, ingabo ya Satani yamuvuyemo.

Yezu akiza igipfamatwi k’ikiragi

31 Yezu avuye mu karere k’i Tiri, anyura i Sidoni agera ku Kiyaga cya Galileya, aca hagati y’intara ya Dekapoli.

32 Nuko bamuzanira umuntu w’igipfamatwi cy’ikiragi, baramwinginga ngo amurambikeho ikiganza.

33 Yezu amuvana mu ruhame rw’abantu amushyira ukwe, amukoza intoki mu matwi. Nuko acira amacandwe ayamukoza ku rurimi.

34 Hanyuma yubura amaso areba ku ijuru, asuhuza umutima ababaye. Aramubwira ati: “Efata!” ni ukuvuga ngo “Zibuka!”

35 Ako kanya amatwi ye arazibuka, ururimi rwe ruragobodoka atangira kuvuga neza.

36 Yezu arabihanangiriza ngo ntibagire uwo babibwira. Ariko uko yababuzaga kubivuga, ni ko barushagaho kubyamamaza.

37 Abantu baratangara bikomeye baravugana bati: “Ibintu byose yabikoze neza! Yatumye ibipfamatwi byumva, n’ibiragi bivuga!”

—https://api-cdn.youversionapi.com/audio-bible-youversionapi/126/32k/MRK/7-268c1e9a10cfe2916fb49cf0e96ae9d3.mp3?version_id=387—

Categories
Mariko

Mariko 8

Yezu agaburira abantu ibihumbi bine

1 Muri iyo minsi abantu benshi bongera guterana ariko nta mpamba bafite. Nuko Yezu ahamagara abigishwa be arababwira ati:

2 “Aba bantu barambabaje, dore uyu munsi ni uwa gatatu turi kumwe kandi ntibagifite icyo bafungura.

3 Nimbasezerera badafunguye inzara irabatsinda ku nzira, kuko bamwe muri bo baturutse kure.”

4 Abigishwa be baramubaza bati: “Twakura he ibyahaza aba bantu, ko aha hantu hadatuwe?”

5 Yezu arababaza ati: “Mufite imigati ingahe?”

Bati: “Dufite irindwi.”

6 Nuko ategeka abantu kwicara hasi maze afata iyo migati uko ari irindwi, ashimira Imana, arayimanyura, ayiha abigishwa be ngo bayikwize abantu, barayitanga.

7 Bari bafite n’udufi duke, na two adushimira Imana, ategeka ko badukwiza abantu.

8 Bararya barahaga, bateranya ibisagutse byuzura ibitebo birindwi.

9 Abariye bari ibihumbi bine. Nuko Yezu arabasezerera,

10 aherako ajya mu bwato hamwe n’abigishwa be, bagera mu karere ka Dalimanuta.

Abafarizayi basaba ikimenyetso

11 Abafarizayi baraza batangira kugisha Yezu impaka. Bamusaba ikimenyetso cyo kubemeza ko yatumwe n’Imana, ariko ari umutego bamutega.

12 Maze asuhuza umutima ababaye aravuga ati: “Abantu b’iki gihe bashakira iki ikimenyetso? Ndababwira nkomeje ko nta kimenyetso bazahabwa.”

13 Nuko abasiga aho yurira ubwato asubira hakurya.

Umusemburo w’Abafarizayi n’uwa Herodi

14 Abigishwa ba Yezu bari bibagiwe kujyana imigati, bari bafite umwe gusa mu bwato.

15 Yezu arabihanangiriza ati: “Muramenye mujye mwirinda umusemburo w’Abafarizayi n’umusemburo wa Herodi!”

16 Bo rero baravugana bati: “Ubanza ari uko tudafite imigati!”

17 Yezu amenye ibyo bavugana arababaza ati: “Ni iki gituma mujya impaka ngo nta migati mufite? Mbese n’ubu nta cyo muriyumvisha? Ese ntimurasobanukirwa? Mbese imitima yanyu iracyahumye?

18 Ese mugira amaso ntimubone, mukagira amatwi ntimwumve? Mbese ntabwo mwibuka

19 igihe namanyuraga imigati itanu, tukayikwiza ba bagabo ibihumbi bitanu? Ese ibyasagutse mwabiteranyirije mu nkangara zingahe?”

Baramusubiza bati: “Zari cumi n’ebyiri.”

20 Arababaza ati: “Naho se igihe namanyuraga n’imigati irindwi tukayikwiza abantu ibihumbi bine, ibyasagutse mwabiteranyirije mu bitebo bingahe?”

Baramusubiza bati: “Byari birindwi.”

21 Arababwira ati: “None se ntimurasobanukirwa?”

Yezu ahumura impumyi i Betsayida

22 Bageze i Betsayida abantu bazanira Yezu umugabo w’impumyi, baramwinginga ngo amukoreho.

23 Yezu amufata ukuboko amujyana ahitaruye ingo, amusīga amacandwe ku maso, amurambikaho ibiganza, aramubaza ati: “Hari icyo ubona?”

24 Uwo muntu arakanura ati: “Ndabona abantu bagenda, ariko wagira ngo ni ibiti.”

25 Yezu yongera kumurambika ibiganza ku maso. Noneho arambura amaso cyane arahumuka, abona ibintu byose uko biri.

26 Nuko Yezu aramubwira ati: “Itahire ntusubire muri ziriya ngo.”

Petero yemeza ko Yezu ari we Kristo

27 Nyuma Yezu ajyana n’abigishwa be mu mirenge yo hafi y’i Kayizariya ya Filipo. Bakiri mu nzira abaza abigishwa be ati: “Abantu bavuga ko ndi nde?”

28 Baramusubiza bati: “Bamwe bavuga ko uri Yohani Mubatiza, abandi ngo uri Eliya, naho abandi ngo uri umwe mu bahanuzi.”

29 Nuko Yezu arababaza ati: “Mwebwe se muvuga ko ndi nde?”

Petero aramusubiza ati: “Uri Kristo.”

30 Yezu arabihanangiriza ngo be kugira uwo bahingukiriza ibye.

Yezu avuga ko azapfa akazuka

31 Yezu atangira kwigisha abigishwa be ko ari ngombwa ko Umwana w’umuntu ababazwa cyane, akangwa n’abakuru b’imiryango n’abakuru bo mu batambyi n’abigishamategeko, bakamwica maze iminsi itatu yashira akazuka.

32 Ayo magambo Yezu yayavugaga yeruye. Nuko Petero aramwihererana, atangira kumuhana.

33 Yezu arahindukira areba abigishwa be, maze acyaha Petero ati: “Mva iruhande Satani, kuko ibitekerezo byawe bitavuye ku Mana, ahubwo ari iby’abantu.”

34 Noneho Yezu ahamagara rubanda n’abigishwa be, arababwira ati: “Ushaka kunyoboka wese nareke kwiyitaho, ahubwo atware umusarabawe ankurikire.

35 Ushaka gukiza ubuzima bwe azabubura, naho uhara ubuzima bwe ari jye ahōrwa kandi ahōrwa Ubutumwa bwiza, azaba abukijije.

36 Mbese umuntu byamumarira iki kwigarurira isi yose, ariko akaba yivukije ubugingo bwe?

37 Cyangwa se ubugingo bw’umuntu yabugurana iki?

38 Umuntu wese ugira isoni zo kunyemera no kwemera inyigisho zanjye imbere y’abantu b’iki gihe b’abasambanyi n’abagizi ba nabi, Umwana w’umuntu na we azagira isoni zo kumwemera igihe azaba aje afite ikuzo rya Se, ashagawe n’abamarayika baziranenge.”

—https://api-cdn.youversionapi.com/audio-bible-youversionapi/126/32k/MRK/8-ba1bb2b33c21141b67b1885a20a9b09b.mp3?version_id=387—

Categories
Mariko

Mariko 1

Yohani Mubatiza yigisha kandi abatiza

1 Ngiyi intangiriro y’Ubutumwa bwiza bwerekeye Yezu Kristo Umwana w’Imana.

2 Byanditswe mu gitabo cy’umuhanuzi Ezayi ngo:

“Dore nohereje intumwa yanjye mbere yawe,

kugira ngo igutunganyirize inzira.

3 Nimwumve ijwi ry’urangururira mu butayu ati:

‘Nimutunganye inzira ya Nyagasani,

muringanize aho azanyura.’ ”

4 Yohani yatungutse mu butayu atangaza ko abantu bagomba kwihana bakabatizwa, kugira ngo bababarirwe ibyaha.

5 Icyo gihe abaturage bo mu ntara yose ya Yudeya n’abo mu murwa wayo wa Yeruzalemu bose basangaga Yohani, akababatiriza mu ruzi rwa Yorodani, bemerera mu ruhame ibyaha byabo.

6 Yohani yambaraga umwambaro uboheshejwe ubwoya bw’ingamiya,akawukenyeza umukandara w’uruhu. Yatungwaga n’isananen’ubuki bw’ubuhura,

7 akajya atangaza ati: “Nyuma yanjye hagiye kuza undusha ububasha, ntibinkwiriye no kunama ngo mbe napfundura udushumi tw’inkweto ze.

8 Jyewe ndababatirisha amazi, ariko we azababatirisha Mwuka Muziranenge.”

Yezu abatizwa na Yohani

9 Muri iyo minsi Yezu ava i Nazareti yo muri Galileya, maze Yohani amubatiriza muri Yorodani.

10 Yezu akiva mu mazi abona ijuru rirakingutse, na Mwuka w’Imana amumanukiraho asa n’inuma.

11 Nuko humvikana ijwi ry’uvugira mu ijuru ati: “Uri Umwana wanjye nkunda cyane, ni wowe nishimira.”

Yezu ageragezwa na Satani

12 Mwuka w’Imana aherako amujyana mu butayu,

13 ahamara iminsi mirongo ine ageragezwa na Satani. Yahabanaga n’inyamaswa, abamarayika ari bo bamukorera.

Yezu atangira umurimo we mu ntara ya Galileya

14 Yohani amaze gufungwa, Yezu ajya muri Galileya yamamaza Ubutumwa bwiza bw’Imana agira ati:

15 “Igihe kirageze, ubwami bw’Imana buregereje. Nimwihane maze mwemere Ubutumwa bwiza.”

Yezu ahamagara abarobyi bane

16 Nuko Yezu anyura iruhande rw’ikiyaga cya Galileya, abona Simonin’umuvandimwe we Andereya barobesha imitego y’amafi mu kiyaga, kuko bari abarobyi.

17 Yezu arababwira ati: “Nimunkurikirenzabagira abarobyi b’abantu.”

18 Bahita basiga aho imitego yabo baramukurikira.

19 Yigiye imbere ho gato abona Yakobo na Yohani bene Zebedeyi. Na bo bari mu bwato batunganya imitego barobeshaga.

20 Ako kanya Yezu arabahamagara. Nuko basiga se Zebedeyi n’abakozi be mu bwato baramukurikira.

Yezu akiza umuntu wahanzweho

21 Nuko bagera i Kafarinawumu. Ku munsi w’isabato Yezu ajya mu rusengero rw’Abayahudi atangira kwigisha.

22 Abaho batangazwa cyane n’imyigishirize ye, kuko atigishaga nk’abigishamategeko, ahubwo we yigishaga nk’ufite ubushobozi.

23 Ako kanya mu rusengero haboneka umuntu wahanzweho n’ingabo ya Satani, avuga aranguruye ati:

24 “Yezu w’i Nazareti, uradushakaho iki? Mbese wazanywe no kuturimbura? Nzi uwo uri we, ni wowe Muziranenge wavuye ku Mana.”

25 Yezu acyaha iyo ngabo ya Satani ati: “Ceceka muvemo!”

26 Nuko itigisa uwo muntu bikabije maze imuvamo ivuza induru.

27 Bose barumirwa bigeza aho babazanya bati: “Ibi ni ibiki? Mbega inyigisho nshya! Arategekana ububasha ingabo za Satani na zo zikamwumvira!”

28 Bidatinze inkuru ye yamamara mu karere kose ka Galileya.

Yezu akiza abarwayi benshi

29 Bakiva mu rusengero Yezu ajya kwa Simoni na Andereya, ari kumwe na Yakobo na Yohani.

30 Bagezeyo basanga nyirabukwe wa Simoni aryamye ahinda umuriro. Ako kanya babwira Yezu iby’uburwayi bwe.

31 Yezu aramusanga, amufata ukuboko aramwegura. Nuko umuriro urazima, arabyuka arabazimanira.

32 Nimugoroba izuba rirenze, abantu bamuzanira abarwayi bose n’abahanzweho n’ingabo za Satani.

33 Abaturage b’umujyi bose bari bateraniye ku irembo.

34 Nuko akiza abantu benshi bari barwaye indwara zitari zimwe, amenesha n’ingabo nyinshi za Satani zari mu bantu. Ariko ntiyazikundira kuvuga kuko zari zamumenye.

Yezu avuga Ubutumwa bwiza muri Galileya

35 Bukeye bwaho Yezu abyuka kare mu rukerera, ajya ahantu hiherereye arasenga.

36 Simoni na bagenzi be bajya kumushaka.

37 Bamubonye baramubwira bati: “Abantu bose baragushaka.”

38 Arabasubiza ati: “Ahubwo nimuze tujye mu yindi misozi idukikije, na ho namamazeyo Ubutumwa bwiza kuko ari cyo cyanzanye.”

39 Nuko azenguruka Galileya yose avuga Ubutumwa bwiza, abutangariza mu nsengero zaho kandi amenesha ingabo za Satani zari mu bantu.

Yezu akiza umuntu urwaye ibibembe

40 Nuko umuntu urwaye ibibembe asanga Yezu aramupfukamira, aramubwira ati: “Ubishatse wankiza.”

41 Yezu amugirira impuhwe, arambura ukuboko amukoraho agira ati: “Ndabishaka kira.”

42 Ako kanya ibibembe bimushiraho arakira.

43 Yezu ahita amusezerera amwihanangiriza ati:

44 “Uramenye ntugire uwo ubibwira. Icyakora ujye kwiyereka umutambyi maze uture igitambo cyo guhumanurwa nk’uko Musa yabitegetse, bibabere icyemezo cy’uko wakize.”

45 Nyamara uwo muntu akimara kuva aho atangira kubyamamaza, abibwira umuhisi n’umugenzi bigeza aho Yezu yari atakigenda mu mijyi ku mugaragaro, ahubwo akigumira mu gasozi ahantu hadatuwe, akaba ari ho abantu bamusanga baturutse hirya no hino.

—https://api-cdn.youversionapi.com/audio-bible-youversionapi/126/32k/MRK/1-cb65c4f8a65b50637294de004db9c9e0.mp3?version_id=387—

Categories
Mariko

Mariko 2

Yezu akiza ikimuga

1 Hashize iminsi mike Yezu agaruka i Kafarinawumu, abantu bamenya ko ari imuhira.

2 Hateranira abantu benshi buzura mu nzu, ku buryo nta kanya na busa kabonekaga haba no mu muryango. Yezu atangira kubabwira Ijambo ry’Imana.

3 Haza abantu bamuzaniye umuntu umugaye ahetswe na bane muri bo.

4 Basanga badashoboye kumugeza aho Yezu ari kuko hari abantu benshi. Nuko basambura igisenge cy’inzuaharinganiye n’aho Yezu yari ari, maze mu cyuho baciye bamanuriramo ingobyi uwo muntu umugaye yari ahetswemo.

5 Yezu abonye ukwizera kwabo abwira uwo murwayi ati: “Mwana wanjye, ibyaha byawe urabibabariwe.”

6 Bamwe mu bigishamategeko bari bicaye aho barabazanya bati:

7 “Uriya atewe n’iki kuvuga atyo? Aratuka Imana! Ni nde ubasha kubabarira abantu ibyaha uretse Imana yonyine?”

8 Ako kanya Yezu amenya ibyo batekereza, ni ko kubabaza ati: “Ni iki kibateye gutekereza mutyo?

9 Icyoroshye ni ikihe, ari ukubwira uyu muntu umugaye ngo ‘Ibyaha byawe urabibabariwe’, cyangwa ngo ‘Byuka ufate ingobyi yawe ugende?’

10 Nyamara ndagira ngo mumenye ko ku isi Umwana w’umuntu afite ubushobozi bwo kubabarira abantu ibyaha.” Nuko abwira uwo muntu umugaye ati:

11 “Ndagutegetse, byuka ufate ingobyi yawe witahire.”

12 Ako kanya arabyuka afata ingobyi ye, asohoka abantu bose bamureba ku buryo bose batangaye cyane, basingiza Imana bati: “Nta na rimwe twigeze tubona ibintu nk’ibi!”

Yezu ahamagara Levi

13 Yezu asubira ku Kiyaga cya Galileya, maze imbaga y’abantu irahamusanga arabigisha.

14 Nuko ahise abona Levi mwene Alufeyi, yicaye ku biro by’imisoro. Aramubwira ati: “Nkurikira!” Levi aherako arahaguruka aramukurikira.

15 Igihe Yezu n’abigishwa be bari kwa Levi bafungura, abasoresha benshi n’abandi banyabyaha baraza basangira na bo, kuko mu bamukurikiraga, bene nk’abo bari benshi!

16 Abigishamategeko bo mu Bafarizayi babonye Yezu asangira n’abasoresha n’abanyabyaha, babaza abigishwa be bati: “Kuki asangira n’abasoresha n’abanyabyaha?”

17 Yezu abyumvise arababwira ati: “Abazima si bo bakenera umuvuzi, ahubwo abarwayi ni bo bamukenera. Sinazanywe no guhamagara intungane, ahubwo naje guhamagara abanyabyaha.”

Ibyerekeye kwigomwa kurya

18 Igihe kimwe abigishwa ba Yohani Mubatiza n’Abafarizayi bari bigomwe kurya, maze abantu basanga Yezu baramubaza bati: “Kuki abigishwa ba Yohani n’ab’Abafarizayi bigomwa kurya, naho abawe ntibabikore?”

19 Yezu arabasubiza ati: “Mbese mu bukwe abasangwa bashobora kwigomwa kurya, umukwe akiri kumwe na bo? Oya, igihe cyose bakiri kumwe ntibashobora kwigomwa kurya.

20 Nyamara igihe kizagera umukwe avanwe muri bo, ni bwo bazigomwa kurya.

21 “Ntawe utera ikiremo gishya ku mwenda ushaje. Uwabikora, ikiremo gishya cyawukurura ukarushaho gushishimuka.

22 Nta n’usuka inzoga y’umubira mu mpago z’impuzishaje. Uwabikora, impago zaturika zikangirika inzoga igasandara. Ahubwo inzoga y’umubira bayisuka mu mpago zikiri nshya.”

Yezu yigisha iby’isabato

23 Igihe kimwe Yezu anyuze mu mirima y’ingano ku isabato, abigishwa be bagenda baca amahundo.

24 Nuko Abafarizayi babwira Yezu bati: “Dorere, kuki bakora ibidakwiriye gukorwa ku isabato?”

25 Yezu arababaza ati: “Mbese ntimwigeze musoma ibyo Dawidi yakoze, igihe we n’abo bari kumwe bari bashonje cyane?

26 Icyo gihe yinjiye mu Nzu y’Imana arya imigati yatuwe Imana, kandi nta wemererwaga kuyirya uretse abatambyi. Ariko Dawidi yayiriyeho ahaho n’abo bari kumwe. Ibyo byabaye igihe Abiyatari yari Umutambyi mukuru.”

27 Yezu arababwira ati: “Isabato yabereyeho abantu, abantu si bo babereyeho isabato.

28 Nuko rero Umwana w’umuntu ni we ugenga n’isabato.”

—https://api-cdn.youversionapi.com/audio-bible-youversionapi/126/32k/MRK/2-10f5831cf58368a6ed468443b7fac187.mp3?version_id=387—