Categories
Malaki

Malaki 1

1 Ngiyi imiburo Uhoraho yagejeje ku Bisiraheli ayinyujije ku muhanuzi Malaki.

Urukundo Uhoraho akunda Abisiraheli

2 Uhoraho abwira Abisiraheli ati: “Narabakunze.”

Na bo baramubaza bati: “Ni iki kigaragaza ko wadukunze?”

Uhoraho arabasubiza ati: “None se Ezawu na Yakobo, ntibavaga inda imwe?Nyamara nikundiye Yakobo n’abamukomokaho,

3 naho Ezawu n’abamukomokaho mbigizayo. Imirenge yabo nayihinduye amatongo, bityo igihugu bahawe ho umunani nkegurira ingunzu zo mu kidaturwa.”

4 Nubwo Abedomuari bo abakomoka kuri Ezawu bavuga bati: “Imijyi yacu yarashenywe ariko tuyigarukemo tuyisane”, nyamara Uhoraho Nyiringabo we aravuga ati: “Nibayubake nzayisenya. Bazitwa ‘Ishyanga ry’abagome, abantu Uhoraho ahora arakariye.’

5 Mwebwe Abisiraheli, muzabyibonera, maze muvuge muti: ‘Uhoraho arakomeye, afite ububasha no ku yandi mahanga.’ ”

Uhoraho yamagana abatambyi

6 Uhoraho Nyiringabo abwira abatambyi ati: “Umwana yubaha se, n’umugaragu akubaha shebuja. None se ko ndi so, kuki mutanyubaha? Kandi ko ndi shobuja, kuki mutanyumvira? Ahubwo muransuzugura! Nyamara murambaza muti: ‘Mbese tugusuzugura dute?’

7 Muransuzugura kuko muzana ku rutambiro rwanjye ibyokurya bihumanye. Nyamara murambaza muti: ‘Twakugize dute?’ Ni uko muvuga ko urutambiro rwanjye rusuzuguritse!

8 Igihe muje kuntura itungo rihumye cyangwa ricumbagira cyangwa rirwaye,mbese ibyo si ukunsuzugura? Mbese itungo nk’iryo mwahangara kuritura umutegetsiw’igihugu cyanyu? Mbese mugize mutyo yabakirana ubwuzu akabashimira?” Uko ni ko Uhoraho Nyiringabo abaza.

9 Mwa batambyi mwe, ngaho nimwinginge Imana, umva ko itubabarira! Mbese aho yabakirana ubwuzu kandi muyisuzugura mutyo?

10 Uhoraho Nyiringabo aravuze ati: “Icyampa hakagira umuntu ufunga inzugi z’Ingoro yanjye, maze ntimwongere gucana umuriro wo gukongora ibitambo by’impfabusa ku rutambiro rwanjye! Erega simbishimira kandi amaturo muntura sinyashaka!

11 Ku isi yose hari abantu banyubaha. Ahantu hose hari abatwika imibavu bakayintura kandi bakantura n’amaturo atunganye. Erega mu mahanga yose hari abanyubaha!” Uko ni ko Uhoraho Nyiringabo avuze.

12 Na none ati: “Ariko mwebwe muransuzugura mukavuga muti: ‘Urutambiro rwa Nyagasani rurahumanye, n’ibyokurya biruvuyeho birasuzuguritse.’

13 Kandi mukinuba muti: ‘Mbega agahato!’ Nuko amatungo yakomeretse cyangwa acumbagira cyangwa arwaye, akaba ari yo muntura! Mbese bene ayo maturo yanyu nayakira?

14 Havumwe undiganya wese akampigura bene iryo tungo, akarintura kandi afite amatungo adafite inenge! Koko rero navumwe, ndi Nyagasani Umwami ukomeye, abantu bo mu mahanga yose barantinya.” Uko ni ko Uhoraho Nyiringabo avuze.

Categories
Malaki

Malaki 2

Uhoraho aburira abatambyi

1 None rero Uhoraho Nyiringabo aravuze ati: “Mwa batambyi mwe, ndababuriye!

2 Nimutanyumvira ngo mumpeshe ikuzo mubyitayeho, ndabavuma, ibyiza abantu babahabihinduke imivumo. Koko rero nabihinduye imivumo kuko nta cyo mwitaho.

3 Dore nzahana ababakomokaho, kandi namwe mbatere mu maso amayezi y’ibitambo by’iminsi mikuru yanyu, maze mbajugunyane n’ayo mayezi.

4 Ubwo ni bwo muzamenya ko nabagejejeho iyo miburo, kugira ngo Isezerano nagiranye n’abakomoka kuri Leviridakuka.” Uko ni ko Uhoraho Nyiringabo avuze.

5 Arongera ati: “Abo Balevi nabasezeraniye ubugingo n’amahoro, kandi koko narabibahaye. Barantinyaga cyane bakanyubaha.

6 Bigishaga inyigisho z’ukuri, ntibigeze bigisha iz’ibinyoma. Twabanaga mu mahoro bantunganiye, bagatuma benshi bareka ubugome.

7 Koko rero abatambyi ni bo bagomba kwigisha abantu kumenya Imana, akaba ari bo abantu baza kugisha inamakuko ari bo ntumwa z’Uhoraho Nyiringabo.

8 Ariko mwebwe abatambyi ntimwasohoje uwo murimo, ahubwo inyigisho zanyu zatumye benshi bagwa mu byaha. Bityo mwica Isezerano nagiranye n’abakomoka kuri Levi.” Uko ni ko Uhoraho Nyiringabo avuze.

9 Na none ati: “Nanjye nabateje rubanda rwose barabasuzugura mukorwa n’isoni, kuko mutakoze ibyo nshaka kandi ntimwabaye intabera, ngo mufate abantu bose kimwe imbere y’Amategeko yanjye.”

Abayahudi bahemukiye Imana, bahemukira n’abo bashakanye

10 Twese dukomoka kuri sogokuruza umwe, kandi twese twaremwe n’Imana imwe rukumbi. None se kuki duhemukirana, tukica amasezerano ba sogokuruza bagiranye n’Imana?

11 Abayahudi bahemukiye Imana, bakora ibizira biteye ishozi mu gihugu cyabo cyose no mu murwa wacyo wa Yeruzalemu. Koko Abayahudi bahumanyije Ingoro Uhoraho akunda, kandi bashatse abanyamahangakazi basenga ibigirwamana.

12 Umuntu wese ukora ibyo, Uhoraho azamuca mu bakomoka kuri Yakobo, he kugira umucira akari urutega ngo amurenganure, cyangwa ngo amutangire ituro ku Uhoraho Nyiringabo.

13 Hari ikindi kandi mukora: muza ku rutambiro rw’Uhoraho mugasuka amarira. Muraboroga kandi mukaganya kubera ko atacyita ku maturo yanyu ngo ayakirane ubwuzu.

14 Nyamara murabaza muti: “Ibyo biterwa n’iki?” Biterwa n’uko wowe mugabo wahemukiye umugore wawe mwashakanye ukiri umusore. Mwasezeraniye imbere y’Uhoraho ko ari mugenzi wawe, akaba n’umugore wawe w’isezerano.

15 Mbese Imana ntiyakugize umwe na we, mwembi muhuje umubiri n’ubugingo? Kuki se yabagize umwe? Si uko yabashakagaho urubyaro ruyubaha? Nuko rero ubwawe wirinde guhemukira umugore washatse ukiri umusore.

16 Koko rero Uhoraho Nyiringabo Imana y’Abisiraheli, aravuze ati: “Nanga ubutandukane bw’abashakanye kuko ari ubugome bukabije.” Nuko rero ubwanyu nimwirinde, hatagira umuntu uhemukira uwo bashakanye.

Intumwa y’Uhoraho n’umunsi wo guca imanza

17 Murushya Uhoraho kubera amagambo yanyu. Nyamara murabaza muti: “Tumurushya dute?” Muramurushya iyo muvuga muti: “Umuntu wese ukora ibibi, Uhoraho amwita mwiza akamwishimira”, cyangwa iyo mumubaza muti: “None se Imana idaca urwa kibera iri he?”

Categories
Malaki

Malaki 3

1 Uhoraho Nyiringabo aravuze ati: “Dore ngiye kohereza intumwa yanjye kugira ngo intunganyirize inzira. Bidatinze Nyagasani mushaka azasesekara mu Ngoro ye, kandi intumwa mwifuza ngiyo iraje, ibazaniye Isezerano.”

2 Ni nde uzarokoka ku munsi azaza? Cyangwa se ni nde uzahangara kumuhagarara imbere ubwo azaba aje? Kuko ameze nk’isabune y’umumeshi ikuraho umwanda, cyangwa nk’umuriro w’umucuzi ushongesha ubutare kugira ngo ubutunganye.

3 Azamera nk’ushongesha ifeza ayitunganya. Koko rero nk’uko umucuzi ashongesha ifeza n’izahabu abitunganya, ni ko Nyagasani azaboneza abakomoka kuri Levi. Bityo babone gutura Uhoraho amaturo aboneye.

4 Ubwo ni bwo Uhoraho azishimira amaturo y’abaturage b’igihugu cy’u Buyuda, n’ay’abo mu murwa wacyo wa Yeruzalemu, nk’uko yayishimiraga mbere mu bihe bya kera.

5 Uhoraho Nyiringabo aravuze ati: “Nzaza muri mwe mbacire imanza. Nzihutira gushinja abanyabugenge n’abasambanyi, n’abarahira ibinyoma n’abima abakozi babo ibihembo byabo, n’abarenganya abapfakazi n’impfubyi kandi bakagirira nabi abanyamahanga batuye muri mwe. Abatanyubaha bose nzabashinja.”

Kugarukira Uhoraho

6 Uhoraho aravuze ati: “Jyewe Uhoraho simpinduka, kandi namwe ntimwahindutse ngo mureke kuriganya nka sogokuruza wanyu Yakobo.

7 Kimwe na ba sokuruza mwateshutse amabwiriza yanjye ntimwayakurikiza.” Uhoraho Nyiringabo aravuze ati: “Nimungarukire nanjye nzabagarukira. Nyamara murambaza muti: ‘Twakugarukira dute?’ ”

8 Na we ati: “Ese koko umuntu yakwima Imana ibyayo? Nyamara mwebwe mwarabinyimye. Ariko murambaza muti: ‘Twakwimye iki?’ Mwanyimye kimwe cya cumin’amaturo.

9 Nuko rero mwebwe Abisiraheli mwese, umuvumo uzabokama kuko mwanyimye ibyanjye.”

10 Uhoraho Nyiringabo aravuze ati: “Ngaho nimuzane kimwe cya cumi gishyitse, mugishyire mu bubiko bw’Ingoro yanjye kugira ngo ibemo ibyokurya. Ngaho nimubikore murebe ko ntazagomorora imigomero y’ijuru, nkabasenderezaho imigisha myinshi cyane.

11 Nzabuza inzige kwangiza imyaka yanyu, kandi imizabibu yanyu ntizongera kurumba.

12 Amahanga yose azabita abanyehirwe, kuko igihugu cyanyu kizaba kiguwe neza rwose.” Uko ni ko Uhoraho Nyiringabo avuze.

Ubutabera bw’Imana n’imbabazi zayo

13 Uhoraho aravuze ati: “Mwaranyivovoteye. Nyamara murambaza muti: ‘Twakwivovoteye dute?’

14 Mwaravuze muti: ‘Gukorera Imana nta cyo bimaze. Twakurikije amabwiriza yayo kandi twagaragarije Uhoraho Nyiringabo ko twibabaje tukihana, ariko ibyo byose nta cyo byatwunguye.

15 Ahubwo twe tubona abirasi ari bo banyehirwe, n’inkozi z’ibibi ari zo zimererwa neza, n’iyo bashotoye Imana nta cyo bibatwara!’ ”

16 Nuko abubahaga Uhoraho baraganiraga, na we akabatega amatwi akumva ibiganiro byabo, maze abamwubahaga bakamutinya, amazina yabo yandikirwa imbere ye mu gitabo cy’urwibutso.

17 Uhoraho Nyiringabo aravuze ati: “Bazaba abanjye bwite ku munsi ntegura. Nzabagirira impuhwe nk’uko umubyeyi azigirira umwana we umukorera.

18 Bityo muzongera mumenye itandukaniro riri hagati y’intungane n’abagome, n’iriri hagati y’abankorera n’abatankorera.”

Umunsi w’Uhoraho uregereje

19 Uhoraho Nyiringabo yungamo ati: “Dore hagiye kubaho umunsi abirasi bose n’inkozi z’ibibi zose, bazagurumana nk’ibikenyeri mu itanura. Uwo munsi bazakongoka bashireho he kugira urokoka.

20 Ariko mwebwe abanyubaha, agakiza kazabageraho kameze nk’izuba rirashe rifite ubuzima mu mirase yaryo. Muzishima mumere nk’inyana zikina zisohotse mu kiraro.

21 Ku munsi ntegura muzaribatira abagome munsi y’ibirenge byanyu, kuko bazaba babaye ivu.” Uko ni ko Uhoraho Nyiringabo avuze.

Ukuza k’umuhanuzi Eliya

22 “Nimuzirikane Amategeko nahereye umugaragu wanjye Musa ku musozi wa Horebu, kandi muzirikane amateka n’amabwiriza namuhaye ngo ayashyikirize Abisiraheli bose.

23 “Dore ngiye kuboherereza umuhanuzi Eliya mbere yuko habaho umunsi w’Uhoraho, umunsi ukomeye kandi uteye ubwoba.

24 Azunga abana na ba se, kugira ngo ninza ntazatsemba igihugu cyanyu.”