Categories
Luka

Luka 21

Ituro ry’umupfakazi

1 Yezu yubuye amaso, abona abakire bashyira amaturo yabo mu bubiko bwo mu rugo rw’Ingoro y’Imana,

2 abona n’umupfakazi w’umukene ashyiramo uduceritubiri gusa.

3 Nuko aravuga ati: “Ndababwiza ukuri, uriya mupfakazi w’umukene arushije abandi bose gutura.

4 Bariya bose batanze ku bibasagutse, naho we yatanze ibyari bimutunze byose.”

Yezu ahanura ko Ingoro y’Imana izasenywa

5 Bamwe barataga Ingoro y’Imana bavuga uburyo yubatswe n’amabuye meza, kandi irimbishijwe ibintu byatuwe Imana. Ariko Yezu aravuga ati:

6 “Hari igihe biriya byose mureba bizasenywa, ntihagire n’ibuye risigara rigeretse ku rindi!”

Amakuba azaba ku isi mu minsi y’imperuka

7 Baramubaza bati: “Mwigisha, ibyo bizaba ryari kandi ni ikihe kimenyetso kizerekana ko bigiye kuba?”

8 Yezu aravuga ati: “Muramenye ntimuzayobe, kuko hazaduka benshi biyita izina ryanjye bavuga bati: ‘Ni jye Kristo’, kandi bati ‘Igihe kiregereje!’ Ntimuzabakurikire.

9 Nimwumva urusaku rw’intambara n’imyivumbagatanyo ntimuzakuke umutima, kuko ibyo bigomba kubanza kubaho ariko iherezo rya byose ntirizahita riba.”

10 Yungamo ati: “Igihugu kizarwana n’ikindi, kandi umwami atere undi mwami.

11 Hazabaho imitingito ikaze kandi hirya no hino hatere inzara n’ibyorezo. Hazabaho n’ibiteye ubwoba n’ibimenyetso bikomeye bivuye mu ijuru.

12 Ariko mbere y’ibyo byose bazabafata babatoteze, babajyane mu nsengero zabo kugira ngo babacire iteka, maze babarohe muri gereza. Bazabashyikiriza abami n’abategetsi ari jye muhōrwa.

13 Ibyo bizatuma mumbera abagabo.

14 Ntimuzirirwe mubunza imitima mbere y’igihe mushaka icyo mwireguza.

15 Ni jyewe uzabihera ubushobozi bwo kumenya icyo mukwiye kuvuga, kandi ababarwanya bose ntibazashobora kugitsinda cyangwa kukivuguruza.

16 Muzagambanirwa n’ababyeyi banyu n’abo muva inda imwe na bene wanyu n’incuti zanyu, ndetse bamwe muri mwe bazabica.

17 Muzangwa na bose babampōra.

18 Nyamara nta gasatsi na kamwe kazapfuka ku mitwe yanyu.

19 Nimwihangana ni bwo muzarokora ubugingo bwanyu.

Isenywa rya Yeruzalemu

20 “Ubwo muzabona Yeruzalemu igoswe n’ingabo, muzamenye ko igiye kurimbuka bidatinze.

21 Icyo gihe abazaba bari muri Yudeya bazahungire mu misozi. Abo bizasanga mu mujyi rwagati bazawuvemo, naho abazaba bari mu cyaro ntibazagaruke mu mujyi,

22 kuko iminsi yo guhana abagomeye Imana izaba igeze, ngo bibe nk’uko Ibyanditswe byose bivuga.

23 Hagowe abazaba batwite cyangwa bonsa muri iyo minsi, kuko hazabaho umubabaro ukaze muri iki gihugu, kandi uburakari bw’Imana buzaba ku baturage bacyo.

24 Bazashirira ku nkota, abandi bajyanwe ho iminyago mu mahanga yose, Yeruzalemu iribatwe n’abanyamahanga kugeza igihe barangirije ibyabazanye.

Ukuza k’Umwana w’umuntu

25 “Hazaba ibimenyetso ku zuba no ku kwezi no ku nyenyeri. Naho ku isi amahanga azakuka umutima ashoberwe, kubera urusaku rw’inyanja no guhorera kwayo.

26 Abantu bazicwa n’ubwoba bategereje ibigiye kuba ku isi, kuko n’ibinyabubasha byo mu ijuru bizahungabana.

27 Ubwo ni bwo bazabona Umwana w’umuntu aje mu gicu, afite ububasha n’ikuzo ryinshi.

28 Nuko ibyo nibitangira kuba, muzahagarare mukomere kuko gutabarwa kwanyu kuzaba kwegereje.”

Ikigereranyo cy’igiti cy’umutini

29 Nuko Yezu abaha ikigereranyo ati: “Mwitegereze umutini n’ibindi biti byose.

30 Iyo mubonye bitoshye, muhita mumenya ko impeshyi yegereje.

31 Ni na ko rero igihe muzabona ibyo nababwiye bibaye, muzamenya ko ubwami bw’Imana bwegereje.

32 Ndababwira nkomeje ko ab’iki gihe batazashiraho ibyo byose bitabaye.

33 Ijuru n’isi bizashira ariko amagambo yanjye azahoraho.

Ni ngombwa kuba maso

34 “Nuko rero muririnde, ntimureke imitima yanyu iremererwa n’ivutu n’ubusinzi no guhihibikanwa n’iby’isi, ejo uwo munsi utabagwa gitumo

35 nk’umutego, kuko uzatungura abaturage bose bo ku isi uko yakabaye.

36 Nuko rero murabe maso, muhore musenga kugira ngo muzabashe kurokoka ibyo byose byenda kuba, no guhagarara imbere y’Umwana w’umuntu.”

37 Yezu yirirwaga yigishiriza mu rugo rw’Ingoro y’Imana, bwagoroba akavayo akajya kurara ku Musozi w’Iminzenze,

38 abantu bose bakazindukira mu rugo rw’Ingoro y’Imana kumwumva.

—https://api-cdn.youversionapi.com/audio-bible-youversionapi/126/32k/LUK/21-3a28afdce10ad1b3d4ba74167e0158c8.mp3?version_id=387—

Categories
Luka

Luka 22

Abakuru b’Abayahudi bajya inama yo kwica Yezu

1 Iminsi mikuru y’imigati idasembuye ari na yo bita Pasika y’Abayahudi yari yegereje.

2 Abakuru bo mu batambyi n’abigishamategeko bashakaga uburyo bakwicisha Yezu, ariko bagatinya rubanda.

Yuda yemera kugambanira Yezu

3 Nuko Satani yinjira muri Yuda bītaga Isikariyoti, umwe mu bigishwa cumi na babiri.

4 Ajya kuvugana n’abakuru bo mu batambyi n’abatware b’abarinzi b’Ingoro y’Imana, bumvikana uburyo azabashyikiriza Yezu.

5 Baranezerwa bamusezeranya amafaranga.

6 Nuko Yuda arabyemera, asigara ashaka igihe gikwiriye cyo kumubashyikiriza rubanda batabizi.

Abigishwa bategura ifunguro rya Pasika

7 Ku munsi wa mbere w’iminsi mikuru y’Imigati idasembuye, ari wo babāgagaho umwana w’intama wa Pasika,

8 Yezu atuma Petero na Yohani ati: “Nimugende mudutegurire ifunguro rya Pasika turi busangire.”

9 Baramubaza bati: “Urashaka ko turitegurira hehe?”

10 Arabasubiza ati: “Nimugera mu mujyi muraza guhura n’umugabo wikoreye ikibindi cy’amazi, mumukurikire mu nzu ari bwinjiremo.

11 Nuko mubwire nyir’inzu muti ‘Umwigisha aravuze ngo utwereke icyumba ari busangiriremo n’abigishwa be ifunguro rya Pasika.’

12 Uwo muntu ari bubereke icyumba kigari mu igorofa yo hejuru kirimo ibyicaro, abe ari ho mutunganyiriza ifunguro rya Pasika.”

13 Baragenda basanga ari nk’uko yabibabwiye, maze bategura ifunguro rya Pasika.

Ifunguro rihamya Isezerano rishya

14 Igihe kigeze, Yezu yicarana n’Intumwa ze barafungura.

15 Arababwira ati: “Mbega ukuntu nifuje gusangira namwe iby’uyu Munsi wa Pasika ntarababazwa!

16 Ndabamenyesha ko ntazongera kurya ifunguro rya Pasika, kugeza igihe icyo rishushanya kizaba gisohojwe mu bwami bw’Imana.”

17 Nuko afata igikombe, ashimira Imana aravuga ati: “Nimwakire musangire!

18 Mbabwire kandi: kuva ubu sinzongera kunywa divayi kugeza igihe Imana izaba ishinze ubwami bwayo.”

19 Hanyuma afata umugati, amaze gushimira Imana arawumanyura, arawubahereza ati: “Uyu ni umubiri wanjye ubatangiwe, mujye mukora mutya kugira ngo munyibuke.”

20 Bamaze gufungura afata n’igikombe aravuga ati: “Iki gikombe ni Isezerano rishya Imana igiranye n’abayo, rikaba ryemejwe n’amaraso yanjye amenwe ku bwanyu.

21 Nyamara dore ungambanira ari hano, turi kumwe ku meza.

22 Koko Umwana w’umuntu agiye gupfa nk’uko Imana yabigennye. Nyamara ugiye kumugambanira azabona ishyano.”

23 Nuko batangira kubazanya ugiye gukora ibyo uwo ari we.

Abigishwa bibaza umukuru muri bo

24 Abigishwa ba Yezu batangira kujya impaka bibaza umukuru muri bo.

25 Nuko Yezu arababwira ati: “Abami b’amahanga bayatwaza igitugu, kandi abayategeka bakunda kwitwa abagiraneza.

26 Ariko mwebwe ntimukagenze mutyo. Ahubwo umukuru muri mwe ajye agenza nk’umuto, kandi utegeka ajye amera nk’ukorera abandi.

27 Mbese ye, umukuru ni uwuhe, ni uri ku meza afungura cyangwa ni umuhereza? Ese si uri ku meza? Jyewe rero ndi muri mwe meze nk’ubahereza.

28 Icyakora ni mwebwe mutantereranye igihe nageragezwaga.

29 Nuko rero mbateganyirije ubwami nk’uko nanjye Data yabunteganyirije,

30 kugira ngo muzarye kandi munywe dusangirira mu bwami bwanjye, maze mwicare ku ntebe za cyami mucire imanza imiryango cumi n’ibiri y’Abisiraheli.”

Yezu abwira Petero ko ari bumwihakane

31 Nuko abwira Petero ati: “Yewe ga Simoni! Satani yabasabye Imana ngo abashungure nk’uko bashungura ingano.

32 Icyakora wowe nagusabiye ku Mana kugira ngo utareka kunyizera, kandi numara kungarukira uzakomeze abavandimwe bawe.”

33 Petero aramubwira ati: “Nyagasani, jyewe niyemeje kujyana nawe, naho nafunganwa nawe ndetse naho napfana nawe.”

34 Yezu aramusubiza ati: “Petero, reka nkubwire: iri joro inkoko ntiri bubike utaranyihakana gatatu.”

Yezu ababwira kwitegura ibigiye kuba

35 Hanyuma Yezu arababaza ati: “Ubwo nabatumaga nta mafaranga mufite, nta mufuka nta n’inkweto, mbese hari icyo mwabuze?”

Baramusubiza bati: “Nta cyo.”

36 Nuko arababwira ati: “Noneho rero ufite amafaranga ayajyane, ufite umufuka na we awujyane, kandi udafite inkota agurishe umwitero we ayigure.

37 Ibyanditswe biravuga ngo: ‘Yashyizwe mu mubare w’abagome.’ Dore mbabwire: ibyo byanditswe bigomba kumbaho, kuko ibyamvuzweho biri hafi kuba.”

38 Baravuga bati: “Nyagasani, ngizi inkota ebyiri!”

Na we arababwira ati: “Zirahagije.”

Yezu asengera ku Musozi w’Iminzenze

39 Nuko Yezu arasohoka ajya ku Musozi w’Iminzenze nk’uko yari asanzwe abigenza, n’abigishwa be baramukurikira.

40 Ahageze arababwira ati: “Nimusenge mutagwa mu bishuko.”

41 Hanyuma arabītarura ajya nk’aho umuntu yatera ibuye, arapfukama arasenga ati:

42 “Data, niba ubishaka igiza kure yanjye iki gikombe cy’umubabaro. Icyakora bye kuba uko nshaka, ahubwo bibe uko ushaka.”

[

43 Nuko umumarayika ava mu ijuru, abonekera Yezu aramukomeza.

44 Yari yashegeshwe n’ishavu, bituma arushaho gusenga cyane. Abira ibyuya bisa n’amaraso atonyanga.]

45 Amaze gusenga, arahaguruka asubira aho abigishwa be bari, asanga basinziriye kubera agahinda.

46 Nuko arababwira ati: “Ko musinziriye? Nimubyuke musenge kugira ngo mutagwa mu bishuko.”

Bafata Yezu

47 Akivuga ibyo haza igitero cy’abantu. Uwitwaga Yuda, umwe muri ba bigishwa cumi na babiri yari abarangaje imbere, yegera Yezu ngo amusome.

48 Yezu aramubaza ati: “Ni ko se Yuda, uragambanira Umwana w’umuntu umusoma?”

49 Abari kumwe na Yezu babonye ibigiye kuba, baramubaza bati: “Nyagasani, mbese dukure inkota turwane?”

50 Ndetse umwe muri bo akubita inkota umugaragu w’Umutambyi mukuru, amuca ugutwi kw’iburyo.

51 Yezu arababwira ati: “Nimusigeho!” Nuko akora uwo mugaragu ku gutwi aramukiza.

52 Hanyuma Yezu abaza abakuru bo mu batambyi n’abatware b’abarinzi b’Ingoro y’Imana, n’abakuru b’imiryango bari baje kumufata ati: “Kuki muje mwitwaje inkota n’amahiri nk’abaje gufata igisambo?

53 Iminsi yose nahoranaga namwe mu rugo rw’Ingoro y’Imana, ntimugire icyo munkoraho. None iki gihe ni icyanyu kuko ari icy’ububasha bw’ikibi.”

Petero yihakana Yezu

54 Bafata Yezu baramujyana bamugeza mu nzu y’Umutambyi mukuru, Petero amukurikirira kure.

55 Nuko bacana umuriro hagati mu rugo bicara bawukikije, na Petero yicarana na bo.

56 Mu gihe Petero yicaye aho hafi y’umuriro, umuja aramwitegereza aravuga ati: “Uriya na we yari kumwe na Yezu.”

57 Petero arabihakana ati: “Reka simuzi wa mugore we!”

58 Hashize akanya gato, undi muntu abonye Petero aravuga ati: “Nawe uri uwo muri bo!”

Ariko Petero aramusubiza ati: “Reka wa mugabo we, sindi uwo muri bo!”

59 Haza guhita nk’isaha, undi muntu avuga akomeje ati: “Ni impamo uyu muntu na we yari kumwe na Yezu. Dore ni n’Umunyagalileya!”

60 Petero arasubiza ati: “Wa mugabo we, icyo ushaka kuvuga sinkizi!”

Akivuga atyo inkoko irabika.

61 Nuko Nyagasani arahindukira yitegereza Petero, maze Petero yibuka ijambo Nyagasani yari yamubwiye agira ati: “iri joro, inkoko ntiri bubike utaranyihakana gatatu.”

62 Nuko asohoka ashavuye, ararira cyane.

Yezu agirirwa nabi

63 Abantu bari barinze Yezu baramunnyega ari na ko bamukubita,

64 bakamupfuka mu maso bakavuga bati: “Hanura, ni nde ugukubise?”

65 Nuko bakomeza kumutuka ibitutsi byinshi.

Yezu ajyanwa mu rukiko rw’ikirenga rw’Abayahudi

66 Bumaze gucya, abagize urukiko rw’ikirenga ari bo bakuru b’imiryango y’Abayahudi, n’abakuru bo mu batambyi n’abigishamategeko baraterana. Bahamagaza Yezu

67 baramubwira bati: “Niba uri Kristo bitubwire!”

Yezu arabasubiza ati: “Naho nabibabwira nte ntimwanyemera.

68 Ikindi kandi, ningira icyo mbabaza ntabwo muri bunsubize.

69 Nyamara mu gihe gito Umwana w’umuntu agiye kwicara ku ntebe ya cyami, iburyo bw’Imana Nyirububasha.”

70 Nuko bose baramubaza bati: “Ni wowe rero Mwana w’Imana?”

Arabasubiza ati: “Murabyivugiye ndi we.”

71 Nuko baravuga bati: “Turacyashaka abagabo b’iki se kandi, ko abivuze ubwe twiyumvira!”

—https://api-cdn.youversionapi.com/audio-bible-youversionapi/126/32k/LUK/22-3053d93cc96d268c905c71b4a8c7f476.mp3?version_id=387—

Categories
Luka

Luka 23

Yezu ashyikirizwa Umunyaroma Pilato wategekaga Yudeya

1 Hanyuma bose barahaguruka bajyana Yezu kwa Pilato.

2 Batangira kumurega bagira bati: “Twasanze uyu muntu agomesha rubanda, ababuza gutanga umusoro w’umwami w’i Roma, kandi yiyita Umwami Kristo.”

3 Pilato aramubaza ati: “Ni wowe mwami w’Abayahudi?”

Yezu aramusubiza ati: “Urabyivugiye.”

4 Pilato abwira abakuru bo mu batambyi n’imbaga y’abantu bari aho ati: “Ndabona uyu muntu nta cyaha kimuhama.”

5 Ariko bo bahatiriza bagira bati: “Yagomesheje rubanda muri Yudeya yose kubera ibyo yigisha, yari yahereye muri Galileya mbere yo kugera n’ino aha.”

Yezu ashyikirizwa Herodi

6 Pilato yumvise ibyo abaza ko Yezu ari Umunyagalileya.

7 Amenye rero ko ari uwo mu bwatsi bwa Herodi, aramumwoherereza kuko Herodi na we yari i Yeruzalemu muri iyo minsi.

8 Herodi yishimira cyane kubona Yezu, kuko kuva kera yabyifuzaga kubera ibyo yamwumvagaho. Ikindi kandi yari afite amatsiko yo kubona aho Yezu akora igitangaza kimuranga.

9 Amubaza byinshi ariko Yezu ntiyagira icyo amusubiza.

10 Abakuru bo mu batambyi n’abigishamategeko bari bahagaze aho bamurega ibirego bikomeye.

11 Herodi n’abasirikari be baramusuzugura baramushinyagurira, bamwambika umwenda ubengerana maze bamusubiza kwa Pilato.

12 Uwo munsi Pilato na Herodi baruzura, kandi bari basanzwe batumvikana.

Yezu acirwa urwo gupfa

13 Pilato atumiza abakuru bo mu batambyi n’abandi bakuru b’Abayahudi na rubanda.

14 Arababwira ati: “Mwanzaniye uyu muntu muvuga ko agomesha rubanda. None dore maze kumubariza imbere yanyu, sinagira icyaha mubonaho kimuhama mu byo mwamureze.

15 Herodi na we ni uko kuko yamutugaruriye. None rero uyu muntu nta cyo yakoze gikwiriye kumwicisha,

16 ngiye kumuhana maze murekure.”

[

17 Ubusanzwe Pilato yagombaga kubarekurira imfungwa imwe ku munsi mukuru wa Pasika.]

18 Nuko bose basakuriza icyarimwe bati: “Tanga uwo muntu apfe, ahubwo uturekurire Baraba!”

19 (Baraba uwo yari yarafungiwe imyivumbagatanyo yari yarabaye mu mujyi igahitana umuntu.)

20 Pilato yongera kubavugisha, ashaka uburyo yarekura Yezu.

21 Ariko bo barasakuza bati: “Mutange abambwe ku musaraba! Nabambwe!”

22 Pilato arongera ababaza ubwa gatatu ati: “Kuki? Ikibi yakoze ni ikihe ko nta cyo mubonyeho gikwiriye kumwicisha? Nuko rero nimara kumuhana ndamurekura.”

23 Ariko barushaho gusakabaka basaba ko Yezu abambwa. Bakomeje gusakuza cyane,

24 Pilato ahitamo kubemerera ibyo bifuzaga.

25 Abarekurira uwo bashakaga wari warafunzwe azira ubugome n’ubwicanyi. Naho Yezu aramutanga ngo agenzwe uko bashaka.

Yezu abambwa ku musaraba

26 Abasirikari bajyanye Yezu bafata uwitwa Simoni w’i Sirene wiviraga mu cyaro bamukorera umusaraba, bamutegeka kugenda inyuma ya Yezu awuhetse.

27 Yezu yari akurikiwe n’imbaga nyamwinshi ya rubanda, irimo abagore baborogaga bamuririra.

28 Nuko Yezu arahindukira arababwira ati: “Bagore b’i Yeruzalemu, mwindirira ahubwo nimwiririre, muririre n’abana banyu!

29 Dore hagiye kuza igihe bazavuga bati: ‘Hahirwa ingumba n’inda zitigeze zibyara n’amabere atigeze yonsa.’

30 Ubwo ni bwo bazatangira kubwira imisozi bati: ‘Nimutugwire’, babwire n’udusozi bati: ‘Nimuduhishe!’

31 None se ubwo bagenje batyo igiti kibisi, icyumye cyo bizakigendekera bite?”

32 Bari bajyanye kandi n’abandi bantu babiri b’abagizi ba nabi, kugira ngo bicanwe na Yezu.

33 Abasirikari bageze ahantu hitiriwe igihanga, babamba Yezu ku musaraba kimwe na ba bagizi ba nabi, umwe iburyo bwe undi ibumoso.

34 Yezu aravuga ati: “Data, ubababarire kuko batazi icyo bakora.”

Bigabanya imyambaro ye bakoresheje ubufindo.

35 Rubanda bari bahagaze aho bareba, abatware b’Abayahudi bakamushungera bavuga bati: “Yakijije abandi ngaho na we niyikize, niba ari we Kristo watoranyijwe n’Imana.”

36 Abasirikari na bo baramushinyagurira, baramwegera bamuha divayi isharira bagira bati:

37 “Niba uri Umwami w’Abayahudi ngaho ikize turebe!”

38 Hejuru ye hari hamanitse itangazo rivuga ngo “Uyu ni Umwami w’Abayahudi.”

39 Umwe mu bagizi ba nabi bari babambanywe aramukoba ati: “Si wowe Kristo? Ngaho ikize natwe udukize!”

40 Ariko mugenzi we aramucyaha ati: “Mbese nta n’ubwo utinya Imana, kubona uhawe igihano kimwe n’icye?

41 Twebweho kiradukwiye kuko duhōwe ibyo twakoze, naho uyu we nta cyaha afite.”

42 Nuko aravuga ati: “Yezu, uranyiyibukire nugera mu bwami bwawe!”

43 Yezu ni ko kumusubiza ati: “Ni ukuri uyu munsi turaba turi kumwe muri paradiso.”

Urupfu rwa Yezu

44 Ahagana mu masaa sita, mu gihugu cyose hacura umwijima kugeza isaa cyenda.

45 Izuba rirazima, no mu Ngoro y’Imana umwenda wakingirizaga Icyumba kizira inenge cyaneutabukamo kabiri.

46 Yezu avuga aranguruye ati: “Data, nishyize mu maboko yawe.”

Akimara kuvuga atyo avamo umwuka.

47 Umukapiteni w’abasirikari bari aho abonye ibibaye, asingiza Imana avuga ati: “Mu by’ukuri, uyu muntu yari umwere!”

48 Nuko abantu bose bari bateraniye aho barēbēra, babonye ibibaye barikubura bataha bitangiriye itama.

49 Abari baziranye na Yezu bose barimo abagore bamuherekeje kuva muri Galileya, babireberaga kure.

Umurambo wa Yezu ushyirwa mu mva

50-51 Hariho umugabo witwaga Yozefu ukomoka mu mujyi w’Abayahudi witwa Arimateya. Yari umuntu w’inyangamugayo kandi w’intungane, akaba ari umwe mu bari bategereje ubwami bw’Imana. Yari umujyanama mu rukiko rw’ikirenga rw’Abayahudi, ariko ntiyari yemeye uko urubanza rwa Yezu rwaciwe n’ibyo bamukoreye.

52 Ajya kwa Pilato amusaba umurambo wa Yezu.

53 Nuko awumanura ku musaraba awuhambira mu mwenda wera, awurambika mu mva yari yarakorogoshowe mu rutare, iyo mva yari itarahambwamo.

54 Wari umunsi w’imyiteguro, isabato yari igiye gutangira.

55 Abagore bari bavanye na Yezu muri Galileya baherekeza Yozefu, bitegereza imva n’uburyo umurambo ushyinguwe.

56 Nuko basubirayo bategura amarashi n’andi mavuta ahumura neza, byo kuzasīga umurambo.

Ku munsi w’isabato bararuhuka nk’uko Amategeko abivuga.

—https://api-cdn.youversionapi.com/audio-bible-youversionapi/126/32k/LUK/23-23045a09828632aa4195c60e5589a8af.mp3?version_id=387—

Categories
Luka

Luka 24

Kuzuka kwa Yezu

1 Kare mu museke ku cyumweru ari wo munsi wa mbere, ba bagore bajya ku mva bajyanye ya mavuta ahumura neza bateguye.

2 Basanga ibuye ryari rikinze imva rihirikiwe hirya.

3 Binjiramo ariko ntibasangamo umurambo wa Nyagasani Yezu.

4 Babibonye batyo bagwa mu kantu. Ako kanya abagabo babiribambaye imyenda irabagirana barababonekera.

5 Abagore bagira ubwoba bwinshi bubika amaso bareba hasi, ariko abo bagabo barababwira bati: “Ni kuki mushakira umuntu muzima mu bapfuye?

6 Ntari hano yazutse. Mwibuke ibyo yababwiye akiri muri Galileya

7 agira ati: ‘Umwana w’umuntu agomba kugabizwa abagizi ba nabi, akabambwa ku musaraba maze ku munsi wa gatatu akazuka.’ ”

8 Ni bwo bibutse ibyo Yezu yari yaravuze.

9 Bava ku mva barataha, ibyabaye byose babimenyesha abigishwa cumi n’umwe n’abandi bose.

10 Ababibwiye Intumwa za Yezu ni aba: Mariya w’i Magadala na Yowana, na Mariya nyina wa Yakobo n’abandi bagore bagenzi babo.

11 Ariko Intumwa zumva ko ibyo abo bagore bazibwiye ari uburondogozi ntizabyemera.

12 Nyamara Petero we arahaguruka, ariruka ajya ku mva. Nuko arunama ngo aroremo, ntiyagira ikindi abona uretse imyenda yari yarazingiwemo umurambo yonyine. Hanyuma asubira imuhira atangarira ibyabaye.

Yezu ahura n’abigishwa be babiri bajyaga Emawusi

13 Na none kuri uwo munsi, babiri mu bigishwa ba Yezu bajyaga ku murenge witwa Emawusi, kuva i Yeruzalemu kugerayo hari nka kirometero cumi n’imwe.

14 Bagenda baganira ku byabaye muri iyo minsi.

15 Bakivugana babyibazaho, Yezu ubwe arabegera ajyana na bo.

16 Baramureba ariko baba nk’impumyi ntibamumenya.

17 Yezu arababaza ati: “Mbese muragenda muganira ku byerekeye iki?”

Nuko bahagarara bijimye.

18 Umwe muri bo witwaga Kileyopa aramubaza ati: “Ni wowe wenyine i Yeruzalemu utazi ibyahabaye muri iyi minsi?”

19 Arababaza ati: “Ni ibiki byahabaye?”

Baramusubiza ati: “Ibyabaye kuri Yezu w’i Nazareti. Uwo muntu yari umuhanuzi ufite ububasha mu byo yakoraga no mu byo yavugaga, ku buryo Imana yamwemeraga n’abantu bose bakamwemera.

20 Twavuganaga n’ukuntu abakuru bo mu batambyi n’abayobozi bacu batanze uwo muntu ngo acirwe urwo gupfa, maze bakamubamba ku musaraba.

21 Twiringiraga ko ari we uzavana Abisiraheli mu buja. Uretse n’ibyo, dore uyu ni umunsi wa gatatu ibyo bibaye.

22 Icyakora abagore bamwe bo muri twe badutangaje, ngo bazindukiye ku mva

23 ntibabona umurambo we. Hanyuma baza batubwira ko abamarayika bababonekeye, bakabamenyesha ko ari muzima.

24 Ndetse bamwe muri twe bagiye ku mva basanga ibintu bimeze uko abo abagore bari babivuze, ariko we ntibamubona.”

25 Yezu aherako arababwira ati: “Mwa bapfu mwe mutinda kwemera ibyo abahanuzi bavuze byose!

26 None se ntibyari ngombwa ko Kristo ababazwa ako kageni, agapfa kugira ngo abone guhabwa ikuzo rimugenewe?”

27 Nuko ahera ku bitabo bya Musa no ku by’abahanuzi bose, abasobanurira ibimwerekeyeho akoresheje Ibyanditswe byose.

28 Bageze hafi y’umurenge abo babiri bajyagaho, Yezu asa n’ushaka gukomeza urugendo.

29 Ariko baramwinginga bati: “Reka tugumane, dore umunsi uciye ikibu ndetse burije.”

Nuko arinjira ngo ararane na bo.

30 Bageze ku meza Yezu afata umugati, ashimira Imana, arawumanyura arawubaha.

31 Ako kanya bamera nk’abahumutse baramumenya, ariko barebye baramubura.

32 Basigara bavugana bati: “Mbese imitima yacu ntiyari ikeye igihe yatuvugishaga turi mu nzira, adusobanurira Ibyanditswe?”

33 Ako kanya barahaguruka basubira i Yeruzalemu, bahasanga ba bandi cumi n’umwe bateranye, hamwe na bagenzi babo bandi.

34 Bumva bavuga bati: “Ni ukuri Nyagasani yazutse, kandi yabonekeye Simoni Petero.”

35 Nuko na bo babatekerereza ibyababayeho mu nzira, n’uburyo bamenye Nyagasani igihe yamanyuraga umugati.

Yezu abonekera abigishwa be

36 Bakivuga ibyo babona Yezu ahagaze hagati yabo, arababwira ati: “Nimugire amahoro!”

37 Barakangarana bashya ubwoba, bakeka ko babonye umuzimu.

38 Ariko arababwira ati: “Ikibakuye umutima ni iki kandi kuki mushidikanya ibyo mureba?

39 Nimwitegereze ibiganza byanjye n’ibirenge byanjye, dore ni jyewe rwose! Nimunkoreho murebe neza! Umuzimu ntagira umubiri n’amagufwa nk’ibyo mumbonana.”

40 Avuze atyo abereka ibiganza bye n’ibirenge bye.

41 Nuko bagitangara kandi bagishidikanya kubera ibinezaneza, arababaza ati: “Mbese nta cyo kurya mufite hano?”

42 Bamuhereza igisate cy’ifi yokeje.

43 Aracyakira akirīra imbere yabo.

44 Nyuma arababwira ati: “Ibyo ni byo nababwiraga nkiri kumwe namwe, ko n’ibyanditswe kuri jye bigomba gushyika byose, ni ukuvuga ibyo mu Mategeko ya Musa n’ibyanditswe n’abahanuzi no muri Zaburi.”

45 Nuko arabajijura kugira ngo basobanukirwe Ibyanditswe.

46 Arababwira ati: “Uko ni ko byanditswe ko Kristo agomba kubabazwa akanapfa, ku munsi wa gatatu akazuka mu bapfuye.

47 Byanditswe kandi ko uhereye i Yeruzalemu, abantu bo mu mahanga yose bagomba gutangarizwa mu izina rye ibyo kwihana kugira ngo bababarirwe ibyaha.

48 Ni mwe bagabo bo kubihamya.

49 Kandi nzaboherereza uwo Data yasezeranye, none rero mugume mu mujyi mutegereze gusesurwaho ubwo bubasha buvuye mu ijuru.”

Yezu asubira mu ijuru

50 Nuko asohokana n’abigishwa be bagera hafi y’i Betaniya, maze arambura amaboko abaha umugisha.

51 Igihe akibaha umugisha, atandukana na bo ajyanwa mu ijuru.

52 Abigishwa baramuramya maze basubira i Yeruzalemu bishimye cyane,

53 bagahora mu rugo rw’Ingoro y’Imana bayisingiza.

—https://api-cdn.youversionapi.com/audio-bible-youversionapi/126/32k/LUK/24-f2cea82b732aa7d346fc85272eb80fd1.mp3?version_id=387—