Categories
Ivugururamategeko

Ivugururamategeko 31

Yozuwe umusimbura wa Musa

1 Musa arakomeza abwira Abisiraheli bose

2 ati: “Ubu maze imyaka ijana na makumyabiri mvutse, ndashaje! Uretse n’ibyo, Uhoraho yambwiye ko ntazambuka ruriya ruzi rwa Yorodani.

3 Ariko Uhoraho Imana yanyu ni we uzabajya imbere murwambuke. Azarimbura amahanga atuye muri kiriya gihugu mucyigarurire. Yozuwe na we azabarangaza imbere mwambuka, nk’uko Uhoraho yavuze.

4 Uhoraho azatsemba ayo mahanga nk’uko yatsembye Sihoni na Ogi, ba bami b’Abamori n’ibihugu byabo.

5 Azayabagabiza, namwe muzayagenze nk’uko nabategetse.

6 Nimukomere mube intwari, mwe gutinya ayo mahanga ngo abakure umutima, kuko Uhoraho Imana yanyu ari we muzajyana. Ntazabasiga mwenyine, nta n’ubwo azabatererana.”

7 Nuko Musa ahamagara Yozuwe, amubwirira imbere y’Abisiraheli bose ati: “Komera kandi ube intwari! Uzajyana n’aba bantu mu gihugu Uhoraho yarahiriye ba sekuruza ko azabaha, ni wowe uzakibahesha ho gakondo.

8 Uhoraho azakujya imbere abane nawe, ntazagusiga wenyine kandi ntazagutererana na rimwe. None rero ntutinye ngo ukuke umutima.”

Uko Abisiraheli bagomba kwiga Amategeko

9 Musa yandika Amategeko, ayashyikiriza Abalevi b’abatambyi bashinzwe ibyo guheka Isanduku y’Isezerano y’Uhoraho, ayashyikiriza n’abakuru bose b’Abisiraheli.

10 Musa arabategeka ati: “Uko imyaka irindwi ishize, mu mwaka wo kurekera abandi imyenda, mu minsi mikuru y’ingando,

11 muzajye musomera Abisiraheli bose aya Mategeko, aho Uhoraho Imana yanyu azaba yitoranyirije kugira ngo ahabe.

12 Muzajye mukoranya abantu bose, abagabo n’abagore n’abana n’abanyamahanga batuye muri mwe, kugira ngo bayumve, bayige, bayitondere kandi bubahe Uhoraho Imana yanyu.

13 Muri ubwo buryo, abazabakomokaho batigeze bamenya aya Mategeko bazayumva, bayige bitume bubaha Uhoraho Imana yanyu, igihe cyose bazaba bari mu gihugu cyo hakurya ya Yorodani muzigarurira.”

Amabwiriza Uhoraho yahaye Musa na Yozuwe

14 Uhoraho abwira Musa ati: “Igihe cyawe cyo gupfa kiregereje, none tumiza Yozuwe muze imbere y’Ihema ry’ibonaniro, muhe amabwiriza azakurikiza.” Nuko Musa na Yozuwe bajya imbere y’Ihema ry’ibonaniro.

15 Uhoraho aza mu nkingi y’igicu ihagarara hejuru y’umuryango w’Ihema.

16 Uhoraho abwira Musa ati: “Dore ugiye gutabaruka, nyuma y’aho Abisiraheli bazampemukira bayoboke ibigirwamana byo mu gihugu bagiye kwigarurira, bazanyimūra bice Isezerano nagiranye na bo.

17 Icyo gihe nzabarakarira mbatererane, mbihorere batsembwe. Bazabona n’ibyago byinshi n’imibabaro, bitume bamenya ko nabatereranye.

18 Icyo gihe nzabihorera rwose, bitewe n’uko bakabije kungomera bakayoboka izindi mana.

19 “Nuko rero nimwandike indirimbo ngiye kubabwira muzayigishe Abisiraheli, bajye bayiririmba kugira ngo imbēre umuhamya wo kubashinja.

20 Nzabageza mu gihugu gitemba amata n’ubuki nk’uko nabisezeranyije ba sekuruza, bazahabona ibyokurya bihagije bamererwe neza. Ariko bazanyimūra bayoboke izindi mana, bazansuzugura bice Isezerano nagiranye na bo.

21 Ndetse ntarabageza mu gihugu nasezeranye kubaha, nzi uko bateye n’ibyo bazakora. Abazabakomokaho nibamara kubona ibyago byinshi n’imibabaro, bazibuka iyi ndirimbo ibabere umuhamya wo kubashinja.”

22 Nuko uwo munsi Musa yandika iyo ndirimbo, ayigisha Abisiraheli.

23 Uhoraho abwira Yozuwe mwene Nuni ati: “Komera kandi ube intwari, kuko ari wowe uzageza Abisiraheli mu gihugu narahiye ko nzabaha, nanjye nzabana nawe.”

24 Musa arangije kwandika mu gitabo ayo Mategeko yose,

25 ategeka Abalevi bashinzwe guheka Isanduku y’Isezerano y’Uhoraho ati:

26 “Nimufate iki gitabo cy’Amategeko, mugishyire iruhande rw’Isanduku y’Isezerano y’Uhoraho Imana yanyu, kibere Abisiraheli umuhamya wo kubashinja.”

27 Nuko abwira Abisiraheli ati: “Nzi ko muri ibyigomeke kandi mutava ku izima. Niba mugomera Uhoraho nkiri kumwe namwe, nimara gupfa hazacura iki?

28 Munkoranyirize abakuru b’imiryango bose n’abashinzwe ubutabera banyumve, ntange ijuru n’isi ho umugabo wumvise mbaburira.

29 Nzi ko nimara gupfa muzifata nabi cyane rwose mugateshuka ibyo nabategetse. Mu minsi iri imbere muzabona ibyago kubera ko muzakora ibyo Uhoraho yababujije, bigatuma abarakarira.”

Indirimbo ya Musa

30 Abisiraheli bamaze gukoranira hamwe, Musa ababwira amagambo yose y’iyi ndirimbo:

Categories
Ivugururamategeko

Ivugururamategeko 32

1 Wa juru we, ntega amatwi,

nawe si, umva icyo mvuga.

2 Inyigisho zanjye nizimere nk’imvura itonyanga,

amagambo yanjye abe nk’imvura y’urujojo,

abe nk’imvura y’umuhindo igwa ku byatsi,

abe nk’imvura y’umurindi igwa ku bimera.

3 Reka namamaze Uhoraho,

namwe muhe ikuzo Imana yacu.

4 Uhoraho ni urutare rudukingira,

ibyo akora biratunganye.

Imigenzereze ye yose yuje ubutabera,

ni Imana yo kwiringirwa itagira amakemwa,

ni Imana y’ukuri kandi itunganye.

5 Nyamara mwebwe ab’iki gihe mwarayihemukiye,

ntimukiri abana bayo, ahubwo mwabaye urukozasoni!

Mwabaye ibyigomeke n’ibirumbo.

6 Ese uko ni ko mwitura Uhoraho, mwa bapfapfa mwe?

Mbese nta bwenge mugira?

Si we So wabaremye akabagira ubwoko bwe?

7 Nimwibuke ibyabayeho kera,

nimutekereze ibyabayeho mu gihe cya ba sokuruza.

Nimubaze ba so bazabibamenyesha,

mubaze n’abasaza bazabibabwira.

8 Imana Isumbabyose yahaye amahanga yose iminani,

yatandukanyije amoko y’abantu,

yageneye buri bwoko aho buzatura.

Umubare w’ayo moko uhwanye n’uwa bene Yakobo basuhukiye mu Misiri.

9 Ariko Uhoraho yitoranyirije abakomoka kuri Yakobo,

yabagize ubwoko bwe bw’umwihariko.

10 Yababonye bari mu butayu,

bari mu kidaturwa iwabo w’inyamaswa zihūma.

Yarabarinze abitaho,

yabarinze nk’urinda imboni y’ijisho rye.

11 Yabitagaho nk’uko kagoma imenyereza abana bayo kuguruka,

itambatamba hejuru yabo,

iyo bagiye kugwa irabaramira,

itega amababa ikabaheka.

12 Uhoraho wenyine ni we wayoboye Abisiraheli,

nta zindi mana bayobokaga.

13 Yabahaye no kwigarurira impinga z’imisozi,

batunzwe n’ibyo basanze byeze mu mirima,

yabagaburiye ubuki bwo mu rutare,

yabahaye n’amavuta y’iminzenze yameze mu rubuye.

14 Yabahaye ikivuguto n’amahenehene,

yabagaburiye abana b’intama b’imishishe,

bariye n’amapfizi y’intama n’ay’ihene y’i Bashani,

yabagaburiye ingano nziza,

benze imizabibu banywa divayi.

15 Abisiraheli babaye abatunzi nyamara baragoma,

barariye barahaga, barabyibuha bimūra Imana yabaremye,

basuzuguye Umukiza wabo kandi ari we rutare rubakingira.

16 Bayobotse imana z’abanyamahanga bamutera gufuha

bakoze ibizira baramurakaza.

17 Batambiye ibitambo ingabo za Satani mu cyimbo cy’Imana,

babitambiye imana z’inzaduka batigeze kumenya,

babitambiye izo ba sekuruza batigeze baramya.

18 Bibagiwe urutare rubakingira,

bibagiwe Imana yababyaye.

19 Uhoraho yarabibonye biramurakaza,

byatumye atererana abahungu be n’abakobwa be.

20 Yaravuze ati: “Sinzongera kubitaho,

nzareba uko bazamera.

Ni abantu bananiranye,

ni abana batagira umurava.

21 Bamparitse izindi mana bantera gufuha,

bayobotse ibigirwamana barandakaza,

nanjye nzabaharika abanyamahanga, mbatere gufuha,

bazarakazwa n’uko nzatonesha abo banyabwengebuke.

22 Uburakari bwanjye buzagurumana,

buzakongora isi n’ibiyirimo bugere n’ikuzimu,

buzatwika n’imfatiro z’imisozi.

23 “Nzabarundaho ibyago,

nzabamariraho imyambi yanjye.

24 Bazananurwa n’inzara,

bazarimburwa n’indwara zitera umuriro n’ibyorezo simusiga.

Nzabateza inyamaswa z’inkazi n’inzoka zifite ubumara.

25 Abana babo bazaba bari hanze bazahitanwa n’intambara,

ndetse n’abazaba bari mu mazu bazamarwa n’ubwoba.

Abasore n’inkumi bazicwa,

abana b’ibitambambuga n’abasaza rukukuri, na bo bazicwa.

26 Nibwiraga ko nzabarimbura kugira ngo be kuzongera kwibukwa ukundi,

27 ariko nanze ko abanzi babo bazabishima hejuru.

Abo banzi babashaga kwibwira ko ari bo banesheje Abisiraheli,

kandi ari jye Uhoraho byari kuba biturutseho.”

28 Ubwo ni ubwoko butabasha kwigīra inama,

ni abantu batagira ubwenge.

29 Iyo baba abanyabwenge, baba barasobanukiwe ibyababayeho,

baba baramenye ingaruka z’ibyo bakoze.

30 Umwanzi umwe yabasha ate kwirukana Abisiraheli igihumbi?

Abanzi babiri babasha bate kumenesha ibihumbi icumi?

Byatewe n’uko Uhoraho yababagabije,

urutare rwabo rwarabakingurutse!

31 Imana z’abanzi ntizihwanye n’Imana yacu,

na bo ubwabo barabyivugira!

32 Ntabwo batandukanye n’ab’i Sodoma n’i Gomora,

bameze nk’imizabibu isharira kandi irimo uburozi,

33 divayi yayo imeze nk’ubumara bw’inzoka,

yica nk’ubumara bw’impiri.

34 Uhoraho yibutse ibyo abanzi bakoze,

nta na kimwe yigeze yibagirwa.

Ni cyo cyatumye avuga ati:

35 “Guhōra no kwitura ni ibyanjye,

igihe kizagera bagwe,

umunsi w’ibyago uregereje,

ibyo nabateganyirije birabugarije.”

36 Abisiraheli bazacika intege,

bazabura n’umwe wo kubatabara,

ubwo ni bwo Uhoraho azabarenganura,

azagirira impuhwe abo bagaragu be.

37 Azababaza ati: “Za mana zindi mwahungiragaho ziri he?

38 Mwazigaburiraga urugimbu rw’ibitambo,

mwazituraga divayi y’ituro risukwa ngo zinywe,

nyamara ntizabatabaye cyangwa ngo zibarinde.

39 “Mumenye rero yuko jyewe ubwanjye ari jye Mana,

nta yindi mana ibaho itari jye!

Ni jye ubeshaho abantu kandi ni jye wemera ko bapfa,

ni jye ukomeretsa kandi nkomora,

nta wubasha gukoma imbere icyo niyemeje gukora.

40 Manitse ukuboko ndahira ubugingo bwanjye buhoraho,

41 nzatyaza inkota yanjye irabagirana,

nzayifata mpane abanzi banjye,

nzahōra abanyanga mbiture ibyo bakoze.

42 Imyambi yanjye izasinda amaraso,

inkota yanjye izahaga inyama,

izica bamwe abandi ibakomeretse,

izica n’abatware b’ingabo z’abanzi.”

43 Mwa mahanga mwe, nimwishimane n’ubwoko bw’Uhoraho,

azahōrera amaraso y’abagaragu be,

azitura abanzi be ibyo bakoze,

azababarira abantu be n’igihugu cyabo.

44 Musa na Yozuwe mwene Nuni babwira Abisiraheli amagambo yose y’iyo ndirimbo.

Musa amenyeshwa ko azapfira ku musozi wa Nebo

45 Musa arangije kubwira Abisiraheli bose ayo magambo yose,

46 arababwira ati: “Muzirikane ayo magambo yose mbabwiye, namwe muzayatoze abana banyu kugira ngo bajye bumvira Amategeko yose.

47 Ntimukayafate mujenjetse kuko ari yo azababeshaho, agatuma muramira mu gihugu cyo hakurya ya Yorodani muzigarurira.”

48 Uwo munsi Uhoraho abwira Musa ati:

49 “Zamuka umusozi wa Nebo uri mu bisi bya Abarimu, mu gihugu cya Mowabu ahateganye n’i Yeriko, witegereze igihugu cya Kanāni nzaha Abisiraheli ho gakondo.

50 Uzapfira kuri uwo musozi wa Nebo, nk’uko mukuru wawe Aroni yapfiriye ku musozi wa Hori,

51 kuko mwancumuyeho mu ruhame rw’Abisiraheli. Ntimwaberetse ubuziranenge bwanjye igihe mwaburaga amazi i Meriba, hafi y’i Kadeshi mu gasi ka Tsini.

52 Uzitegereza icyo gihugu nzaha Abisiraheli, ariko ntuzakigeramo.”

Categories
Ivugururamategeko

Ivugururamategeko 33

Musa asabira imiryango y’Abisiraheli umugisha

1 Musa wa muntu w’Imana atarapfa, yasabiye Abisiraheli umugisha

2 agira ati:

“Uhoraho yaje aturuka ku musozi wa Sinayi,

yatungutse ku misozi ya Seyiri ameze nk’izuba rirashe,

yamurikiye abantu be ari ku musozi wa Parani,

yaturutse hagati y’abamarayika batabarika,

yafashe umuriro mu kuboko kwe kw’iburyo abaha itegeko.

3 Ni ukuri akunda imiryango y’Abisiraheli,

abo yiyeguriye bose bari mu maboko ye.

Bikubita hasi imbere ye,

bumvira icyo abategeka.

4 Bumvira Amategeko nabashyikirije,

ni yo butunzi bw’abakomoka kuri Yakobo.

5 Imiryango y’Abisiraheli n’abatware babo bikoranyirije hamwe,

Uhoraho yabaye umwami wabo.”

6 Musa yasabiye umugisha ab’umuryango wa Rubeni agira ati:

“Abarubeni barakabaho,

nubwo abamukomokaho ari bake.”

7 Yasabiye umugisha ab’umuryango wa Yuda agira ati:

“Uhoraho, umva isengesho ry’Abayuda,

ubahe kwiyunga n’abandi Bisiraheli.

Abayuda bakunda kwirwanaho,

ariko nawe ujye ubafasha kurwanya abanzi babo.”

8 Yasabiye umugisha ab’umuryango wa Levi agira ati:

“Uhoraho, wahaye Abalevi Tumimu na Urimu,

ni bo bakwiyeguriye.

Wabageragereje i Masa,

mwagiye impaka ku byerekeye amazi y’i Meriba.

9 Baragukunze bakurutisha ababyeyi n’abavandimwe n’abana babo,

bitondeye ibyo wabategetse,

bakomeje Isezerano ryawe.

10 Bazigisha abakomoka kuri Yakobo ibyemezo wafashe,

bazigisha Abisiraheli Amategeko yawe.

Bazakosereza imibavu,

bazagutambira ibitambo ku rutambiro rwawe.

11 Uhoraho, bahe umugisha bakomere,

ujye wishimira imirimo bagukorera.

Ubatsindire abanzi babo,

ababanga ntibakabyutse umutwe.”

12 Yasabiye umugisha ab’umuryango wa Benyamini agira ati:

“Uhoraho yatonesheje Ababenyamini,

babana na we bakagira amahoro,

ahora abarinda kandi akabaheka.”

13 Yasabiye umugisha ab’umuryango wa Yozefu agira ati:

“Uhoraho ahe umugisha aho batuye,

nabahe imvura nziza n’amariba adakama.

14 Nabahe izuba rimeza imyaka,

nabahe icyo basarura buri kwezi.

15 Nibahinge no ku mpinga z’imisozi yabayeho kuva kera,

nibasarure no ku dusozi twahozeho,

16 nibahabwe imisaruro itubutse.

Uhoraho wambonekeye ari mu gihuru nabahe umugisha.

Nawuhe ab’umuryango wa Yozefu wari umutware wa bene se.

17 Impfura ye ifite imbaraga nk’iz’impfizi,

nihabwe icyubahiro.

Bene Yozefu bameze nk’amahembe y’imbogo,

azayicisha amahanga yose yo ku isi.

Ayo mahembe ni abantu batabarika bakomoka kuri Efurayimu,

ni ibihumbi by’abakomoka kuri Manase.”

18 Yasabiye umugisha ab’umuryango wa Zabuloni n’uwa Isakari agira ati:

“Bazabuloni, muzagirire amahirwe mu ngendo zanyu z’ubucuruzi,

Bisakari, muzagirire amahirwe mu ngo zanyu.

19 Bazahamagara abantu bateranire ku musozi,

bazahatambirira ibitambo bitunganye.

Bazakungahazwa n’ibiva mu nyanja,

bazatungishwa n’ibihishwe mu musenyi wo ku nyanja.”

20 Yasabiye umugisha ab’umuryango wa Gadi agira ati:

“Nihasingizwe Imana yo yāguye intara y’Abagadi!

Bameze nk’intare iryamye,

itanyagura umuhīgo kuva ku kuboko kugeza ku gahanga.

21 Bitoranyirije aheza barahatura,

bahawe umugabane wagenewe abatware.

Barangaje imbere y’Abisiraheli bakora ibitunganye,

bakurikije ibyemezo Uhoraho yafashe.”

22 Yasabiye umugisha ab’umuryango wa Dani agira ati:

“Abadani bameze nk’icyana cy’intare cy’i Bashani,

gisimbuka gikurikiye umuhīgo.”

23 Yasabiye umugisha ab’umuryango wa Nafutali agira ati:

“Abanafutali baratoneshejwe,

Uhoraho yabasenderejeho imigisha,

umugabane wabo uramanuka ukagera ku kiyaga cya Galileya.”

24 Yasabiye umugisha ab’umuryango wa Ashēri agira ati:

“Abashēri barushije indi miryango amahirwe,

nibarushe ubutoni abandi Bisiraheli.

Bazagire iminzenze myinshi babone amavuta yo kwisiga.

25 Ibihindizo by’amarembo y’imijyi yabo bizakomere,

bajye bakomera iminsi yose yo kubaho kwabo.

26 “Mwa Bisiraheli mwe, nta cyahwana n’Imana yanyu,

ivanwa mu ijuru no kubatabara,

imanuka mu bicu ifite ikuzo.

27 Imana ihoraho ni yo buhungiro bwanyu,

amaboko yayo ahora abaramira.

Yirukanye abanzi banyu ibaha kubarimbura.

28 Bisiraheli, mwabayeho mu mahoro,

mwa bakomoka kuri Yakobo mwe, mwabaye ukwanyu,

mwatuye mu gihugu cyera ingano n’imizabibu,

ni igihugu kitabura imvura.

29 Bisiraheli, murahirwa!

Nta bundi bwoko Uhoraho yakijije nka mwe.

Ni we ngabo ibakingira akabatabara,

ni we nkota ibatera gutsinda.

Abanzi banyu bazabebera,

muzasiribanga ingoro z’imana zabo.”

Categories
Ivugururamategeko

Ivugururamategeko 34

Urupfu rwa Musa

1 Musa ava mu kibaya cya Mowabu, azamuka umusozi wa Nebo ari wo Pisiga, agera mu mpinga yawo ahateganye n’i Yeriko. Uhoraho amwereka igihugu cyose ahera i Gileyadi akomeza i Dani,

2 n’intara yose y’Abanafutali n’iy’Abefurayimu, n’iy’Abamanase n’iy’Abayuda yose kugeza ku Nyanja ya Mediterane.

3 Amwereka amajyepfo ya Kanāni n’ikibaya cya Yorodani n’igikombe cy’i Yeriko wa mujyi w’imikindo, no kugeza i Sowari.

4 Uhoraho aramubwira ati: “Kiriya ni cyo gihugu narahiriye Aburahamu na Izaki na Yakobo ko nzagiha abazabakomokaho. None rero ukirebeshe amaso, ariko ntuzambuka Yorodani kugira ngo ukigeremo.”

5 Nuko Musa umugaragu w’Uhoraho apfira aho ngaho mu gihugu cya Mowabu, nk’uko Uhoraho yabivuze.

6 Uhoraho arahamushyingura mu kabande gateganye n’i Beti-Pewori, ariko kugeza ubu nta wigeze abona imva ye.

7 Musa yapfuye amaze imyaka ijana na makumyabiri avutse, akireba neza kandi ataracika intege.

8 Abisiraheli bamaze iminsi mirongo itatu baririra Musa mu kibaya cya Mowabu.

9 Musa atarapfa yari yararambitse ibiganza kuri Yozuwe mwene Nuni, Uhoraho amwuzuza ubwenge. Abisiraheli bumviraga Yozuwe, nk’uko Uhoraho yabitegetse abinyujije kuri Musa.

10 Kuva icyo gihe mu Bisiraheli ntihongeye kuboneka umuhanuzi uhwanye na Musa, warebanaga n’Uhoraho imbonankubone.

11 Ntawagereranywa na we mu kwerekana ibimenyetso no gukora ibitangaza byose, nk’ibyo Uhoraho yamutumye gukorera umwami wa Misiri, n’abagaragu be bose n’igihugu cye cyose.

12 Nta n’undi muhanuzi wagize ububasha cyangwa ngo akore ibikomeye biteye ubwoba, nk’ibyo Musa yakoreye mu Bisiraheli bose.