Categories
Ivugururamategeko

Ivugururamategeko 21

Ibyerekeye umuntu wishe undi ntamenyekane

1 Nimumara kwigarurira igihugu Uhoraho Imana yanyu azabaha, hakagira ubona intumbi y’umuntu ku gasozi kandi uwamwishe ntamenyekane,

2 abakuru n’abacamanza bazajyeyo kugira ngo bamenye umujyi uri hafi y’iyo ntumbi uwo ari wo.

3 Abakuru b’uwo mujyi bazashake inyana y’ishāshi itarigeze ikoreshwa imirimo,

4 bayijyane mu kabande katigeze gahingwa karimo akagezi kadakama, bayice bayivunnye ijosi.

5 Abatambyi na bo bagomba kuba bahari, kuko ari bo bashinzwe guca imanza z’amahane n’urugomo. Ni bo Uhoraho Imana yanyu yitoranyirije mu Balevi, kugira ngo bamukorere kandi basabire abantu umugisha mu izina rye.

6 Abakuru bose b’uwo mujyi bazakarabire hejuru y’iyo shāshi yiciwe muri ako kabande,

7 bavuge bati: “Ntabwo ari twe twamennye amaraso y’uwo muntu, kandi ntituzi uwayamennye.

8 Uhoraho, babarira Abisiraheli ubwoko bwawe wacunguye, ntubabareho ubwicanyi.” Uko ni ko bazaba bahanaguweho icyaha.

9 Ibyo ni byo Uhoraho abashakaho kugira ngo muhanagurweho bene ubwo bwicanyi.

Ibyerekeye umukobwa wajyanywe ho umunyago

10 Nimujya ku rugamba Uhoraho Imana yanyu akabagabiza abanzi banyu, muzabajyane ho iminyago.

11 Nihagira ubona muri iyo minyago umukobwa mwiza akamubengukwa, yemererwa kumurongora.

12 Ariko ajye abanza amujyana iwe, uwo mukobwa yiyogosheshe, ace inzāra,

13 ahindure imyambaro yanyaganywe, ahamare ukwezi kose aririra ababyeyi be, hanyuma abone kumurongora abe umugore we.

14 Ariko uwo mugabo namuhararukwa, azamureke yigire aho ashaka. Ntakamugurishe cyangwa ngo amugirire nabi kuko azaba yararyamanye na we.

Umunani w’umuhungu w’impfura

15 Birashoboka ko umugabo yagira abagore babiri, umwe akaba inkundwakazi, undi akaba intabwa maze bombi bakabyara abahungu. Umuhungu w’impfura naba uw’intabwa,

16 ntibizabuze se kumuha umunani umugenewe. Ntashobora guha umuhungu w’inkundwakazi ubutware bw’umwana w’impfura.

17 Ahubwo ajye aha umuhungu w’intabwa umunani ukubye kabiri uwa murumuna we ku byo atunze byose, kuko ari we muhungu we wa mbere wagenewe ubutware bw’umwana w’impfura.

Umusore w’icyigomeke

18 Nihagira umusore winangira akigira icyigomeke, ntiyumvire ababyeyi be ndetse bamuhana ntiyumve,

19 ababyeyi be bajye bamujyana ku irembory’umujyi bamwereke abakuru bawo,

20 bamubaregere bati: “Uyu mwana wacu yarinangiye yigira icyigomeke kandi yanga kutwumvira, ni umunyangesombi kandi ni umusinzi.”

21 Abagabo bose bo muri uwo mujyi bajye bamwicisha amabuye, bityo muzakura ikibi muri mwe. Abisiraheli bose nibabyumva bazatinya.

Intumbi imanitswe

22 Umuntu nakora icyaha gikwiriye guhanishwa gupfa, bakamwica bakamanika intumbi ye ku giti,

23 iyo ntumbi ntikarare kuri icyo giti. Mujye muyihamba uwo munsi kuko umanitswe aba yaravumwe n’Imana. Muzirinde guhumanya igihugu Uhoraho Imana yanyu azabaha ho gakondo.

Categories
Ivugururamategeko

Ivugururamategeko 22

Kwita ku mutungo w’abandi

1 Nubona inka cyangwa intama cyangwa ihene y’undi yazimiye ntukayirengagize, ahubwo uzayimugarurire.

2 Niba nyirayo atuye kure cyangwa ukaba utamuzi, ujye uyifata uyijyane iwawe kugeza ubwo azazira kuyishaka.

3 Ni na ko uzabigenza no ku ndogobe ye, cyangwa umwambaro we cyangwa ikindi kintu cyose cyatakaye ukakibona, ntukacyirengagize.

4 Nusanga indogobe y’undi cyangwa inka ye yatembye mu nzira ntukamutererane, ahubwo uzamufashe kuyibyutsa.

Amategeko anyuranye

5 Umugore ntakambare imyambaro y’abagabo, umugabo na we ntakambare iy’abagore, kuko bene ibyo ari ikizira ku Uhoraho Imana yanyu.

6 Niba uri mu nzira ugenda ukabona icyari cy’inyoni mu giti cyangwa hasi, harimo inyoni ibundikiye ibyana cyangwa amagi, ntukajyane nyina.

7 Ibyana cyangwa amagi ushobora kubijyana, ariko uzareke nyina yigendere. Nubigenza utyo uzagubwa neza kandi uzarama.

8 Niwubaka inzu ifite igisenge gishashe, uzakizengurutse akazitiro karinda abantu kugwa, naho ubundi wazaryozwa umuntu uzahahanuka.

9 Ntukabibe izindi mbuto mu murima wawe w’imizabibu, naho ubundi izo mbuto n’iz’imizabibu byaba ari umuziro.

10 Ntugahingishe igisuka gikururwa n’ikimasa n’indogobe bizirikanyije hamwe.

11 Ntukambare imyambaro iboshywe mu ndodo zidahuje ubwoko.

12 Ujye utera incunda ku misozo ine y’umwenda wambara.

Ibyerekeye ubusambanyi

13 Birashoboka ko umuntu yarongora umukobwa, hanyuma akamwanga

14 akamurega ibiteye isoni, akamusebya ati: “Uyu mukobwa narongoye nasanze atari isugi!”

15 Nibigenda bityo, ababyeyi b’uwo mukobwa bajye bajyana ishuka abageni barayeho, bayishyīre abakuru ku irembory’umujyi.

16 Se w’uwo mukobwa ababwire ati: “Uyu mugabo namushyingiye umukobwa wanjye none aramwanze.

17 Aramurega ibiteye isoni, ngo ntiyasanze ari isugi. Nyamara dore ikimenyetso cy’uko yari isugi.” Nuko bazarambure iyo shuka iriho amaraso bayereke abakuru b’umujyi.

18 Abakuru b’umujyi bafate uwo mugabo bamuhane,

19 kuko yashebeje umukobwa w’Abisiraheli. Bamuce icyiru cy’ibikoroto ijana by’ifeza, babihe sebukwe. Uwo mugabo azakomeze kubana n’umugore we iminsi yose y’ukubaho kwe, ntakamwirukane.

20 Ariko niba icyo kirego gifite ishingiro, ntihagire ikimenyetso cyerekana ko uwo mukobwa yari isugi,

21 bajye bamujyana imbere y’inzu ya se, abagabo bo mu mujyi bamwicishe amabuye. Bazaba bamuhōye ko yakoreye ishyano muri Isiraheli agasambana akiri kwa se, bityo muzakure ikibi muri mwe.

22 Umugabo nafatwa aryamanye n’umugore w’undi mugabo bombi bazicwe, bityo muzakure ikibi muri Isiraheli.

23 Umugabo nafatirwa mu mujyi aryamanye n’umukobwa w’isugi wasabwe n’undi mugabo,

24 bombi muzabajyane ku irembo ry’uwo mujyi mubicishe amabuye. Umukobwa azaba azize ko atatatse kandi ari mu mujyi, naho umugabo azaba azize ko yaryamanye n’umugeni w’undi mugabo. Bityo muzakure ikibi muri mwe.

25 Ariko umugabo nafatira mu gasozi umukobwa w’isugi wasabwe n’undi mugabo, akaryamana na we ku ngufu, uwo mugabo azabe ari we wicwa wenyine.

26 Umukobwa ntimuzagire icyo mumutwara kuko nta cyaha yakoze. Ni umwere nk’umuntu wishwe na mugenzi we,

27 kuko uwo mukobwa wasabwe yafatiwe ku gasozi, yataka hakabura umutabara.

28 Umugabo nafata umukobwa w’isugi utarasabwa akaryamana na we ku ngufu bakabafata,

29 uwo mugabo azahe se w’uwo mukobwa ibikoroto mirongo itanu by’ifeza. Uwo mugabo azarongore uwo mukobwa kuko yaryamanye na we ku ngufu, amubere umugore iminsi yose y’ukubaho kwe, ntakamwirukane.

30 Ntihakagire uwinjira muka se, byaba ari ugukoza se isoni.

Categories
Ivugururamategeko

Ivugururamategeko 23

Abatemerewe kujya mu ikoraniro ry’Uhoraho

1 Umugabo w’inkone cyangwa washahuwe, ntakajye mu ikoraniro ry’Uhoraho.

2 Umuntu w’ikinyandaro ntakajye mu ikoraniro ry’Uhoraho, ndetse n’abazamukomokaho kugeza ku gisekuru cya cumi ntibazemererwe kurijyamo.

3 Umwamoni cyangwa Umumowabu ntakigere ajya mu ikoraniro ry’Uhoraho, ndetse n’abazabakomokaho kugeza ku gisekuru cya cumi ntibazemererwe kurijyamo,

4 kuko banze kubakīra no kubaha ibyokurya n’amazi, ubwo mwavaga mu Misiri. Ndetse Abamowabu baguriye Balāmu mwene Bewori w’i Petori yo muri Mezopotamiya ngo abavume.

5 Ariko Uhoraho Imana yanyu ntiyemera ko Balāmu abavuma, ahubwo imivumo ye Uhoraho Imana yanyu ayihindura imigisha kuko abakunda.

6 Ntimukabashakire amahoro cyangwa ibyiza, uko ibihe bihaye ibindi.

7 Ntimukange Abedomu kuko ari bene wanyu, kandi ntimukange Abanyamisiri kuko mwasuhukiye mu gihugu cyabo.

8 Abuzukuru babo bazemererwa kujya mu ikoraniro ry’Uhoraho.

Kwirinda icyahumanya inkambi

9 Nimujya ku rugamba kurwanya abanzi banyu, mujye mwirinda ikintu cyose cyabahumanya.

10 Nihagira umugabo uhumanywa no gusohora intanga nijoro ajye yirirwa inyuma y’inkambi,

11 ku gicamunsi ajye yiyuhagira, izuba nirimara kurenga abone gusubira mu nkambi.

12 Muzateganye ahantu hiherereye inyuma y’inkambi, aho muzajya mwituma.

13 Buri muntu ajye agira igihōsho mu bikoresho bye, kugira ngo agicukuze aho kwituma kandi agikoreshe ahatwikīra.

14 Uhoraho Imana yanyu agendagenda mu nkambi zanyu, kugira ngo abarinde kandi abahe kunesha abanzi banyu. Inkambi zanyu zigomba kuba ziboneye, kuko Uhoraho ahabonye ikintu giteye ishozi atahagaruka.

Kurengera impunzi y’inkoreragahato

15 Inkoreragahato nihungira mu gihugu cyanyu ntimuzayisubize shebuja,

16 muzayireke iture muri mwe mu mujyi izihitiramo kandi ntimuzayikandamize.

Ibyerekeye uburaya

17 Mu mihango y’idini ntihakagire uwo muri mwe uryamana n’indayay’umugore cyangwa y’umugabo.

18 Ntimukakire ibyahonzwe indaya ngo bihiguzwe umuhigo mu nzu y’Uhoraho Imana yanyu, kuko ibyo zikora ari ibizira ku Uhoraho Imana yanyu.

Ibyerekeye inguzanyo

19 Nimuguriza Umwisiraheli amafaranga cyangwa ibyokurya cyangwa ikindi kintu, ntimuzamwake inyungu.

20 Umunyamahanga we mushobora kumwaka inyungu, ariko mwene wanyu ntimuzayimwake, ni bwo Uhoraho Imana yanyu azabahera umugisha mu byo muzakorera byose mu gihugu mugiye kwigarurira.

Ibyerekeye guhigura umuhigo

21 Nimuhigira Uhoraho Imana yanyu umuhigo ntimuzatinde kuwuhigura, kugira ngo bitazababera icyaha kuko atazabura kuwubaryoza.

22 Nimutagira umuhigo muhiga nta cyaha muzaba mukoze.

23 Ariko nimwiyemeza guhigira Uhoraho Imana yanyu umuhigo, muzajye muwuhigura nk’uko mwabyivugiye.

Ibyerekeye gusoroma mu murima w’undi

24 Umuntu unyuze mu murima w’imizabibu y’undi, yemererwa kurya imbuto zayo uko ashaka, ariko ntiyemererwa kugira izo asoroma ngo azijyane.

25 Unyuze mu murima w’ibinyampeke by’undi, yemererwa guca ihundo, ariko ntiyemererwa gutemesha umuhoro imyaka ye.

Categories
Ivugururamategeko

Ivugururamategeko 24

Amategeko yo gucyura uwasenzwe

1 Birashoboka ko umuntu yarongora umugeni agasanga afite imibereho iteye isoni ku buryo atakimwishimiye, akamwandikira urwandiko rwemeza ko amusenze, akamwirukana.

2 Hanyuma uwo mugore agacyurwa n’undi mugabo

3 na we akamwanga, akamwandikira urwandiko rwo kumusenda akamwirukana, cyangwa uwo mugabo wamucyuye agapfa.

4 Icyo gihe umugabo we wa mbere ntashobora kumucyura, kuko yihumanyishije ubusambanyi. Byaba ari ikizira ku Uhoraho. Ntimuzakorere icyaha nk’icyo mu gihugu Uhoraho Imana yanyu azabaha ho gakondo.

Ibyerekeye abamaze gushyingirwa

5 Umugabo umaze igihe gito arongoye, ntakajye ku rugamba kandi ntagakoreshwe n’umurimo wose utuma ava iwe. Mujye mumureka amare umwaka iwe, anezeze umugore yarongoye.

Ingwate itemewe

6 Ntihakagire umuntu ufata urusyo cyangwa ingasīre ho ingwate, kuko yaba yicishije nyirabyo inzara.

Ibyerekeye gushimuta abantu

7 Nihagira umuntu ushimuta mugenzi we w’Umwisiraheli, akamugira inkoreragahato ye cyangwa akamugurisha, uwo mushimusi azicwe. Bityo muzakure ikibi muri mwe.

Ibyerekeye indwara z’uruhu zanduza

8 Mujye mwitondera amategeko yose yerekeye indwara z’uruhu zanduza, mukurikize ibyo Abalevi b’abatambyi bazababwira byose nk’uko nabibashyikirije.

9 Ntimukibagirwe uko Uhoraho Imana yanyu yagenje Miriyamu mu rugendo ubwo mwavaga mu Misiri.

Izindi ngwate

10 Nuguriza cyangwa nutiza mugenzi wawe ikintu cyose, ntuzinjizwe mu nzu ye no gufata ingwate mu bye.

11 Uzagume hanze, maze uwo uguriza abe ari we ukuzanira ingwate.

12 Nufata umwambaro w’umukene ho ingwate ntuzawurarane,

13 uzawumusubize nimugoroba kugira ngo abone icyo yiyorosa. Azagusabira umugisha kandi Uhoraho Imana yanyu azakwishimira.

Ibyerekeye guhemba abakozi

14 Ntimuzakandamize umukozi w’umukene cyangwa w’imbabare, yaba Umwisiraheli cyangwa umunyamahanga utuye mu gihugu cyanyu.

15 Mujye mumuha igihembo cye buri munsi arangije akazi, mumuhembe izuba ritararenga kuko ari umukene akaba ari cyo kimutunze. Naho ubundi yaganyira Uhoraho ibyo mwamugiriye bikababera icyaha.

Kudahanirwa ibyaha by’abandi

16 Ababyeyi ntibakicwe bazira ibyaha by’abana babo, n’abana ntibakicwe bazira ibyaha by’ababyeyi babo, ahubwo umuntu wakoze icyaha cyo kumwicisha ni we wenyine ukwiriye kwicwa.

Kuzirikana imbabare

17 Ntimukarenganye impfubyi n’abanyamahanga batuyemuri mwe, kandi ntimugafate umwambaro w’umupfakazi ho ingwate.

18 Mujye mwibuka ko mwari inkoreragahato mu Misiri, maze Uhoraho Imana yanyu akabacungura akabavanayo. Ni cyo gitumye mbabuza kugenza mutyo.

19 Nimusarura ntimuzasubire mu murima guhumba ibyasigaye, muzabirekere abanyamahanga n’impfubyi n’abapfakazi. Nimugenza mutyo, Uhoraho Imana yanyu azabaha umugisha mu byo mukora byose.

20 Nimusarura imbuto z’iminzenze ntimuzasubire mu murima guhumba izasigaye, muzazirekere abanyamahanga n’impfubyi n’abapfakazi.

21 Nimusarura imbuto z’imizabibu ntimuzasubire mu murima guhumba izasigaye, muzazirekere abanyamahanga n’impfubyi n’abapfakazi.

22 Mujye mwibuka ko mwari inkoreragahato mu Misiri. Ni cyo gitumye mbategeka kugenza mutyo.

Categories
Ivugururamategeko

Ivugururamategeko 25

Igihano cyo gukubitwa

1 Abantu nibagira icyo bapfa bakaburanira mu rukiko, umwe agatsinda undi agatsindwa,

2 niba uwatsinzwe agomba guhanishwa gukubitwa, umucamanza ajye amuryamisha bamukubitire imbere ye inkoni zihwanye n’icyaha cye.

3 Icyakora ntibazarenze inkoni mirongo ine, kuko byaba ari ukumuzonga no kumukoza isoni mu Bisiraheli.

Ikimasa gihonyōra ingano

4 Ntimugahambire umunwa w’ikimasa igihe gihonyōra ingano.

Ibyerekeye gucīkūra

5 Igihe umwe mu bavandimwe baturanye apfuye adasize umwana w’umuhungu, umupfakazi ntagacyurwe n’utari uwo mu muryango w’umugabo we, ahubwo umugabo wabo ajye aba ari we umucyura.

6 Hanyuma umuhungu bazabyarana bwa mbere, azabe ari we uragwa ibya nyakwigendera kugira ngo izina rye ritibagirana mu Bisiraheli.

7 Uwo mugabo nadakunda gucyura umugore wabo, uwo mugore azajye ku irembory’umujyi abwire abakuru ati: “Umugabo wacu yanze ko tubana ngo acīkūre mwene se.”

8 Abakuru b’umujyi bazatumize uwo mugabo bavugane na we, natava ku izima akanga kumucyura,

9 umugore wabo azamwegerere imbere y’abo bakuru, amukuremo urukweto amucire mu maso, avuge ati: “Uku ni ko bagenza uwanze gucīkūra mwene se!”

10 Umuryango w’uwo mugabo bazawuhimbe “Inzu ya Mukurankweto.”

Igihano cy’umugore wacakiye ubugabo

11 Abagabo babiri nibarwana, umugore w’umwe akajya gukiza umugabo we, maze agacakira ubugabo bw’umukubitira umugabo,

12 uwo mugore muzamuce ikiganza. Ntimukamugirire impuhwe.

Ibipimisho bidatunganye

13 Ntimukibishe iminzani mukoresha ibipimisho bidatunganye,

14 cyangwa ngo mwibishe gupimisha ingero zidatunganye.

15 Ahubwo ibipimisho n’ingero mukoresha bijye biba byuzuye kandi bitunganye, kugira ngo muzaramire mu gihugu Uhoraho Imana yanyu azabaha.

16 Uhoraho Imana yanyu yanga urunuka abibisha ibipimisho n’ingero bidatunganye.

Abisiraheli bategekwa gutsemba Abamaleki

17 Mujye mwibuka ibyo Abamaleki babagiriye mu rugendo, ubwo mwavaga mu Misiri.

18 Ntibatinye Imana, ahubwo barabateye mukiri mu rugendo igihe mwari munaniwe cyane, bica abari basigaye inyuma bose.

19 None rero nimumara kwigarurira igihugu Uhoraho Imana yanyu azabaha ho gakondo, akabagabiza abanzi banyu bo mu bihugu muzahana imbibi, ntimuzibagirwe Abamaleki, muzabatsembe be kuzongera kwibukwa ukundi.

Categories
Ivugururamategeko

Ivugururamategeko 26

Ibyerekeye umuganura na kimwe cya cumi

1 Nimumara kugera mu gihugu Uhoraho Imana yanyu azabaha ho gakondo, mukacyigarurira kandi mukagituramo,

2 muzafate ku muganura w’ibyo muzasarura byose muri icyo gihugu, muzabishyire mu byibo mubijyane ahantu Uhoraho Imana yanyu azitoranyiriza kugira ngo ahabe.

3 Muzasange umutambyi uzaba uriho muri icyo gihe, mumubwire muti: “Uyu munsi tuje kubwira Uhoraho Imana yawe ko twageze mu gihugu yaduhaye, nk’uko yabisezeranyije ba sogokuruza.”

4 Umutambyi azakīre buri muntu icyibo yazanye, agitereke imbere y’urutambiro rw’Uhoraho Imana yanyu.

5 Namwe muzabwire Uhoraho Imana yanyu muti: “Sogokuruza yari Umwaramu uzerera nk’uwazimiye, maze asuhukira mu Misiri ajyanye n’abantu bake cyane. Ariko bororokeyeyo bakomokwaho n’abantu benshi, baba ubwoko bw’abanyamaboko.

6 Abanyamisiri batugirira nabi baratubabaza, badukoresha imirimo y’agahato.

7 Turagutakira wowe Uhoraho Imana ya ba sogokuruza, wumva gutaka kwacu ureba imibabaro yacu, n’ukuntu badukoresha imirimo y’agahato.

8 Udukūza mu Misiri ububasha bukomeye n’imbaraga nyinshi, n’ibiteye ubwoba bikomeye, n’ibimenyetso n’ibitangaza.

9 Utuzana aha hantu, uduha iki gihugu gitemba amata n’ubuki.

10 None Uhoraho, dore tukuzaniye umuganura w’ibyo waduhaye kuhasarura.”

Hanyuma mubitereke imbere y’urutambiro rw’Uhoraho Imana yanyu, maze mumuramye.

11 Mwebwe n’ab’imiryango yanyu muzishimire ibyiza Uhoraho Imana yanyu yabahaye, mwishimane n’Abalevi n’abanyamahanga batuye muri mwe.

12 Uko imyaka itatu ishize, dore uko muzajya mukoresha kimwe cya cumi: nimumara kwegeranya kimwe cya cumi cy’ibyo mwejeje byose, muzajye mubigaburira Abalevi n’abanyamahanga, n’impfubyi n’abapfakazi babirīre iwanyu bahage.

13 Mwongere mubwire Uhoraho Imana yanyu muti: “Twakuye mu mazu yacu ibyo twakweguriye byose, tubiha Abalevi n’abanyamahanga, n’imfubyi n’abapfakazi nk’uko wabidutegetse. Ntabwo twigeze tubirengaho kandi ntitwibagiwe n’amabwiriza yawe.

14 Ntitwigeze turya ku byo twakweguriye igihe twaririraga abapfuye, kandi ntitwigeze tubigabanyaho igihe twari duhumanye, ndetse ntitwigeze tubitangaho ibiyagano. Ahubwo twumviye ibyo wategetse kandi turabikurikiza.

15 Itegereze uri mu Ngoro yawe yo mu ijuru maze uduhe umugisha, uwuhe n’igihugu waduhaye nk’uko wagisezeranyije ba sogokuruza, igihugu gitemba amata n’ubuki.”

Ubwoko Uhoraho yitoranyirije

16 Uyu munsi Uhoraho Imana yanyu abategetse kumvira aya mateka n’aya mabwiriza. Mujye muyakurikiza n’umutima wanyu wose n’ubushobozi bwanyu bwose.

17 Uyu munsi mwiyemereye ko Uhoraho ari Imana yanyu kandi ko muzamuyoboka mukitondera amateka n’amabwiriza ye, mukubahiriza n’ibyemezo yafashe.

18 Uhoraho na we yabasezeranyije ko muzamubera ubwoko bw’umwihariko, bukurikiza amabwiriza ye yose.

19 Azabatonesha kuruta andi mahanga yose yaremye, abaheshe icyubahiro n’ikuzo n’ishema. Nuko rero muzamubere ubwoko bwe bwite yitoranyirije nk’uko yabisezeranye.

Categories
Ivugururamategeko

Ivugururamategeko 27

Amabuye ku musozi wa Ebali

1 Musa ari kumwe n’abakuru b’Abisiraheli ategeka rubanda ati: “Mujye mwitondera aya Mategeko yose mbahaye uyu munsi.

2 Nimumara kwambuka Yorodani mukagera mu gihugu Uhoraho Imana yanyu azabaha, muzashinge amabuye manini muyatere ingwa.

3 Nimugera muri icyo gihugu gitemba amata n’ubuki yasezeraniye ba sokuruza, muzandike aya Mategeko yose kuri ayo mabuye

4 ateye ingwa. Ayo mabuye maze kubabwira, muzayashinge hakurya ya Yorodani ku musozi wa Ebali.

5 Muzubakireyo Uhoraho Imana yanyu urutambiro rw’amabuye atabajwe,

6 murwubakishe amabuye asanzwe, murutambirireho Uhoraho Imana yanyu ibitambo bikongorwa n’umuriro

7 n’iby’umusangiro. Muzabihasangirire, mwishimira Uhoraho Imana yanyu.

8 Muzandike kuri ya mabuye aya Mategeko yose, mu nyuguti zisomeka neza.”

9 Musa ari kumwe n’Abalevi b’abatambyi abwira Abisiraheli bose ati: “Bisiraheli, nimutuze mwumve. Uyu munsi Uhoraho Imana yanyu abagize ubwoko bwe.

10 Mujye mumwumvira, mwitondere amabwiriza ye n’amateka ye mbashyikirije uyu munsi.”

Imivumo cumi n’ibiri

11 Uwo munsi Musa yahaye Abisiraheli n’aya mabwiriza:

12 Nimumara kwambuka Yorodani, ab’umuryango wa Simeyoni n’uwa Levi n’uwa Yuda, n’uwa Isakari n’uwa Yozefu n’uwa Benyamini, ni bo bazahagarara ku musozi wa Gerizimu igihe cyo gutangariza abantu imigisha iterwa no kumvira Uhoraho.

13 Naho ab’umuryango wa Rubeni n’uwa Gadi n’uwa Ashēri, n’uwa Zabuloni n’uwa Dani n’uwa Nafutali bazahagarare ku musozi wa Ebali, igihe cyo gutangaza imivumo iterwa no kutumvira Uhoraho.

14 Abalevi bazarangurure babwire Abisiraheli bose bati:

15 “Kwiremera ishusho risengwa ryaba iribajwe cyangwa iricuzwe, ni ikizira ku Uhoraho. Ugenza atyo cyangwa urishinga ntamenyekane, arakaba ikivume.”

Abantu bose babasubize bati: “Amina!”

16 Abalevi bavuge bati: “Ukoza se cyangwa nyina isoni, arakaba ikivume.”

Abantu bose bavuge bati: “Amina!”

17 Abalevi bavuge bati: “Urengēra umuturanyi akimura imbago z’isambu ye, arakaba ikivume.”

Abantu bose bavuge bati: “Amina!”

18 Abalevi bavuge bati: “Uyobya impumyi inzira, arakaba ikivume.”

Abantu bose bavuge bati: “Amina!”

19 Abalevi bavuge bati: “Ugoreka urubanza rw’umunyamahanga utuye muri mwe cyangwa urw’impfubyi cyangwa urw’umupfakazi, arakaba ikivume.”

Abantu bose bavuge bati: “Amina!”

20 Abalevi bavuge bati: “Usambana na muka se arakaba ikivume, kuko aba akojeje se isoni.”

Abantu bose bavuge bati: “Amina!”

21 Abalevi bavuge bati: “Uryamana n’itungo iryo ari ryo ryose, arakaba ikivume.”

Abantu bose bavuge bati: “Amina!”

22 Abalevi bavuge bati: “Usambana na mushiki we basangiye se cyangwa nyina, arakaba ikivume.”

Abantu bose bavuge bati: “Amina!”

23 Abalevi bavuge bati: “Usambana na nyirabukwe, arakaba ikivume.”

Abantu bose bavuge bati: “Amina!”

24 Abalevi bavuge bati: “Uwica undi ntamenyekane, arakaba ikivume.”

Abantu bose bavuge bati: “Amina!”

25 Abalevi bavuge bati: “Uwakira ikiguzi cyo kwica inzirakarengane, arakaba ikivume.”

Abantu bose bavuge bati: “Amina!”

26 Abalevi bavuge bati: “Udakurikiza Amategeko yose y’Uhoraho ngo ayumvire, arakaba ikivume.”

Abantu bose bavuge bati: “Amina!”

Categories
Ivugururamategeko

Ivugururamategeko 28

Imigisha izahabwa abumvira Uhoraho

1 Nimugira umurava wo kumvira Uhoraho Imana yanyu, mukubahiriza amabwiriza ye yose mbashyikirije uyu munsi, azabatonesha kuruta andi mahanga yose yo ku isi.

2 Nimwumvira Uhoraho Imana yanyu, azabaha iyi migisha yose kandi muyihorane.

3 Azaha umugisha abatuye mu mujyi n’abatuye mu cyaro.

4 Azabaha umugisha mwororoke, ubutaka bwanyu burumbuke n’amatungo yanyu yose yororoke.

5 Azabaha umugisha muhunike byinshi, mwe kubura ibyo muteka.

6 Azabaha umugisha mu majya no mu maza.

7 Uhoraho azabaha gutsinda abanzi babahagurukiye, nubwo bashyira hamwe bakaza umujyo umwe, bazahunga bakwirwe imishwaro.

8 Uhoraho Imana yanyu azabahera umugisha mu gihugu azabaha, awubahere mu byo mukora byose, ibigega byanyu bye kwigera bibamo ubusa.

9 Nimwubahiriza amabwiriza y’Uhoraho Imana yanyu mukagenza uko ashaka, azakomeza abagire ubwoko yitoranyirije nk’uko yabibarahiye.

10 Amahanga yose yo ku isi azabibona abatinye.

11 Uhoraho azabaha kororoka agwize n’amatungo yanyu, ahe n’ubutaka kurumbuka mu gihugu yarahiriye ba sokuruza ko azagiha urubyaro rwabo.

12 Uhoraho azajya akorakoranya ibicu, abagushirize imvura mu bihe byayo. Azabaha umugisha mu byo mukora byose. Muzaguriza amahanga menshi, ariko mwe ntimuzayaka inguzanyo.

13 Nimwumvira amabwiriza y’Uhoraho Imana yanyu mbashyikirije uyu munsi mukayubahiriza, azabaha gutegeka amahanga aho gutegekwa na yo. Muzahorana umwanya w’imbere, ntimuzajya inyuma.

14 Ntimugateshuke ku byo mbabwiye byose uyu munsi, kandi ntimukayoboke izindi mana kugira ngo muzikorere.

Imivumo iterwa no kutumvira Uhoraho

15 Ariko nimutumvira Uhoraho Imana yanyu ngo mwubahirize amabwiriza n’amateka ye yose mbashyikirije uyu munsi, azabateza iyi mivumo yose ibokame.

16 Azavuma abatuye mu mujyi n’abatuye mu cyaro.

17 Azabavuma mubure ibyo muhunika n’ibyo muteka.

18 Azabavuma mube ingumba, ubutaka bwanyu burumbe, n’amatungo yanyu yose ye kororoka.

19 Azabavuma mu majya no mu maza.

20 Nimucumura mukimūra Uhoraho azabaterereza umuvumo mushoberwe, mwe kugira icyo mugeraho mu byo muzagerageza gukora byose, ndetse ntazatinda kubarimbura burundu.

21 Uhoraho azabateza indwara y’icyorezo ibatsembe, mushirire mu gihugu mugiye kwigarurira.

22 Uhoraho azabateza indwara zo kuzongwa n’iz’umuriro, n’ibibyimba n’icyokere n’amapfa na cyumya n’urugombyi: bizabokama bibarimbure.

23 Azabima imvura maze ubutaka bukakare bumere nk’urutare.

24 Aho kugusha imvura mu gihugu cyanyu, Uhoraho azagusha umukungugu n’umusenyi kugeza ubwo muzarimbukira.

25 Uhoraho azatuma mutsindwa n’abanzi banyu. Nubwo mwakwishyira hamwe mukabatera umujyo umwe, muzahunga mukwirwe imishwaro. Bizatera ibihugu byose byo ku isi kūmirwa.

26 Imirambo y’abapfuye izaribwa n’ibisiga n’inyamaswa he kugira ubyirukana.

27 Uhoraho azabateza indwara zidakira nk’ibishyute yateje Abanyamisiri, no kuzana amagara no gusesa ibihushi n’urushimba.

28 Uhoraho azabateza ubuhumyi n’ibisazi no guhwiragira.

29 Muzarindagira nk’impumyi ku manywa y’ihangu. Ntimuzahirwa mu byo muzakora byose. Muzakandamizwa musahurwe ibyanyu ibihe byose, kandi he kugira ubatabara.

30 Uzasaba umugeni, ariko undi amusambanye ku ngufu. Uzubaka inzu ariko we kuyituramo. Uzatera imizabibu ariko we kurya imbuto zayo.

31 Inka yawe bazayibaga ureba ariko we kuyiryaho, indogobe yawe bazayinyaga ureba be kuyikugarurira. Intama zawe zizagabizwa abanzi bawe he kugira ugutabara.

32 Abahungu bawe n’abakobwa bawe bazagabizwa abanyamahanga babagire inkoreragahato. Uzamara umunsi wose ureba aho barengeye wiringiye ko bagaruka bibe iby’ubusa.

33 Abanyamahanga mutigeze mumenya bazarya ibyo mwejeje banasahure ibyo mwaruhiye byose, bazahora babakandamiza babanyunyuze imitsi,

34 ibyo byose muzabona bizabatesha umutwe.

35 Uhoraho azabateza ibishyute bidasanzwe kandi bidakira ku mavi no ku maguru, ndetse bikwire umubiri wose uhereye mu bworo bw’ikirenge ukageza ku mutwe.

36 Mwebwe n’umwami muzaba mwiyimikiye, Uhoraho azabagabiza abanyamahanga mutigeze mumenya, yaba mwebwe yaba ba sokuruza. Bazabajyana mu gihugu cyabo muyoboke imana zibajwe mu biti no mu mabuye.

37 Muzahinduka urw’amenyo n’iciro ry’imigani n’insuzugurwa, mu mahanga yose Uhoraho azabatatanyirizamo.

38 Muzabiba imbuto nyinshi ariko musarure bike, kuko inzige zizabirya.

39 Muzatera imizabibu muyihingire, ariko ntimuzasarura imbuto zayo ngo munywe na divayi yayo, kuko kagungu izayirya.

40 Muzagira iminzenze mu gihugu cyanyu cyose, ariko ntimuzakoresha amavuta yayo, kuko imbuto zayo zizajya zihunguka zitarera.

41 Muzabyara abahungu n’abakobwa, ariko ntimuzabagumana kuko bazajyanwa ho iminyago.

42 Inzige zizatsemba ibiti byanyu byose n’imyaka yanyu yose.

43 Abanyamahanga batuye muri mwe bazagenda babarusha gukomera, naho mwebwe mugende murushaho gusubira inyuma.

44 Bazajya babaguriza, ariko mwebwe ntimuzabona icyo mubaguriza. Aho kugira ngo mubategeke ni bo bazabategeka.

45 Nimutumvira Uhoraho Imana yanyu ngo mwubahirize amabwiriza n’amateka yabahaye, azabateza iyo mivumo yose ibokame kugeza aho muzarimbukira.

46 Igihe cyose iyo mivumo ikabije izaba ibagezeho cyangwa igeze ku babakomokaho, muzamenye ko ari Uhoraho ubahannye.

47 Uhoraho nabaha umugisha muri byose ariko ntimwishimire kumuyobokana umutima mwiza,

48 azabagabiza abanzi banyu, mubakorere muri abatindi nyakujya, mutagira icyo kurya n’icyo kunywa n’icyo kwambara. Bazabakoresha imirimo y’agahato kugeza igihe muzashirira.

49 Uhoraho azabateza ingabo ziturutse mu gihugu cya kure, zivuga ururimi mutumva, zize zihorera nka kagoma.

50 Zizaza zarubiye zitubaha abasaza, zidafitiye n’abana imbabazi.

51 Zizarya amatungo yanyu n’imyaka yanyu ze kugira icyo zibasigira, zaba ingano yaba divayi, yaba amavuta y’iminzenze, yaba amashyo cyangwa imikumbi, kugeza aho zizabarimburira.

52 Zizagota imijyi yose yo mu gihugu Uhoraho Imana yanyu azabaha, kugeza ubwo zisenya inkuta ndende ntamenwa ziyikikije mwiringiraga.

53 Igihe zizaba zabagose, zizabateza akaga kugeza ubwo muzarya abana Uhoraho Imana yanyu azaba yarabahaye.

54 Umugabo wo muri mwe w’umugwaneza kurusha abandi kandi wabayeho neza cyane, azirengagiza umuvandimwe we n’umugore apfumbase, n’abana asigaranye.

55 Nta n’umwe azaha ku nyama z’abana be azaba arya. Nta kindi azaba asigaranye, kubera abanzi bazaba bagose imijyi yanyu yose bakabateza akaga.

56 Umugore wo muri mwe wabayeho neza cyane bigeze aho adakoza n’ibirenge hasi akaba n’umugwaneza, azirengagiza umugabo we apfumbase n’abana be.

57 Azihisha arye ingobyi n’uruhinja amaze kubyara, kubera inzara yaciye ibintu. Ako ni ko kaga muzagira igihe abanzi bazaba bagose imijyi yanyu.

58 Muramenye rero muzakurikize aya Mategeko yose yanditse muri iki gitabo, kandi mutinye Uhoraho Imana yanyu, nyir’ikuzo n’igitinyiro. Naho ubundi,

59 azabateza ibyago bikaze bibokame, n’indwara zikomeye zidakira, mwebwe n’abazabakomokaho.

60 Za ndwara zose yateje Abanyamisiri mwazibona zikabatera ubwoba, azazibateza namwe zibokame.

61 Ndetse azabateza n’izindi ndwara n’ibindi byago bitanditswe muri iki gitabo cy’Amategeko, kugeza ubwo azabarimbura.

62 Nubwo muzaba munganya ubwinshi n’inyenyeri zo ku ijuru, muzasigara muri bake cyane muzize kutumvira Uhoraho Imana yanyu.

63 Uko Uhoraho yishimiraga kubagirira neza no kubagwiza, ni na ko azishimira kubarimbura no kubatsemba. Ntimuzongera gutura igihugu mugiye kwigarurira.

64 Uhoraho azabatatanyiriza mu mahanga yose yo ku isi, kandi nimugerayo muzayoboka imana zibajwe mu biti no mu mabuye mutigeze kumenya, yaba mwebwe yaba ba sokuruza.

65 Ndetse muri ayo mahanga nta mahoro n’umutekano muzahabona, ahubwo Uhoraho azatuma muhora muhagaritse umutima, mwihebye kandi nta byiringiro.

66 Urupfu ruzahora rubugarije mutinye ijoro, ndetse n’amanywa abakure umutima.

67 Ibyo muzabona n’ibyo muzibwira bizabatera ubwoba, nibucya muti: “Ntibwira”, nibwira muti: “Ntibucya”!

68 Uhoraho azatuma mujyanwa n’amato musubire mu Misiri, aho nari nababwiye ko mutazasubira. Nimuhagera muzifuza ko abanzi banyu babagura kugira ngo mubabere inkoreragahato, ariko ntibazabakundira.

Categories
Ivugururamategeko

Ivugururamategeko 29

Isezerano Uhoraho yagiranye n’Abisiraheli muri Mowabu

1 Aya ni yo magambo y’Isezerano Uhoraho yagiranye n’Abisiraheli abinyujije kuri Musa, bakiri mu gihugu cya Mowabu, rikongerwa ku ryo yagiranye na bo ku musozi wa Horebu.

2 Musa ahamagara Abisiraheli bose, arababwira ati:: Mwiboneye ibyo Uhoraho yakoreye mu gihugu cya Misiri n’ibyo yagiriye umwami wacyo, n’abagaragu be bose n’igihugu cye cyose.

3 Mwiboneye na bya byago bikomeye n’ibimenyetso n’ibitangaza bikomeye yakoze.

4 Ariko kugeza n’ubu Uhoraho ntiyabahaye gusobanukirwa n’ibyo mwabonye n’ibyo mwumvise.

5 Mu myaka mirongo ine yabayoboye mu butayu, imyambaro n’inkweto ntibyabasaziyeho,

6 kandi ntimwariye imigati, cyangwa ngo munywe divayi cyangwa izindi nzoga. Kwari ukugira ngo mumenye ububasha bw’Uhoraho Imana yanyu.

7 Tugeze muri aka karere, Sihoni umwami w’i Heshiboni na Ogi umwami wa Bashani badusanganiza intambara ariko turabatsinda.

8 Twigaruriye ibihugu byabo tubiha ho gakondo Abarubeni n’Abagadi, n’igice cy’umuryango wa Manase.

9 None rero mujye mwita kuri iri Sezerano muryubahirize, bityo ibyo muzakora byose bijye bibatunganira.

10 Uyu munsi mwese muhagaze imbere y’Uhoraho Imana yanyu, hari abategetsi n’abatware n’abakuru n’abashinzwe ubutabera, n’abagabo bose b’Abisiraheli

11 n’abana n’abagore. Hari n’abanyamahanga batuye mu nkambi zanyu, babakorera imirimo yo gutashya inkwi no kuvoma amazi.

12 Ubu Uhoraho Imana yanyu agiye kugirana namwe Isezerano, namwe rero mugiye kurahira ko muryemeye.

13 Bityo muzakomeze kuba ubwoko bwe, na we abe Imana yanyu nk’uko yabibabwiye, kandi akabirahirira ba sokuruza Aburahamu na Izaki na Yakobo.

14 Iri Sezerano mugiye kurahirira Uhoraho ntarigiranye namwe Abisiraheli gusa,

15 ahubwo arigiranye n’abandi bose bari kumwe natwe uyu munsi imbere y’Uhoraho Imana yacu, ndetse arigiranye n’abazadukomokaho.

16 Mwebwe ubwanyu muzi uko twari tumerewe mu Misiri, n’ibyatubayeho igihe twanyuraga mu bihugu by’amahanga.

17 Mwabonye amahano abo banyamahanga bakora, n’ibigirwamana basenga byakozwe mu biti no mu mabuye, no mu ifeza no mu izahabu.

18 Uko muri hano uyu munsi, ntihazagire umugabo cyangwa umugore cyangwa inzu cyangwa umuryango wimūra Uhoraho Imana yacu, kugira ngo ayoboke ibigirwamana by’ayo mahanga, yaba ameze nk’utera igiti cyo kuroga abandi.

19 Ntihazagire uwumvise iyi ndahiro wibeshya ngo yibwire ati: “Nubwo nkomeza kwinangira nta cyo nzaba”. Byaba ari ugukururira amakuba ababi n’abeza.

20 Uhoraho ntazababarira bene uwo ahubwo azamurakarira cyane, amuteze imivumo yose yanditswe muri iki gitabo, amutsembe ye kuzibukwa ukundi.

21 Uhoraho azamuca mu bandi Bisiraheli bose, amuhanishe imivumo yose igenewe abica iri Sezerano, nk’uko byanditswe muri iki gitabo cy’Amategeko.

22 Abazabakomokaho n’abanyamahanga bazaba bavuye kure, bazabona ibyago n’indwara Uhoraho azaba yateje igihugu cyanyu batangare.

23 Bazagira ngo ikirunga cyararutse kuko muri icyo gihugu hose hazaba ari umuriro, nta buhinge nta n’ikimera kiharangwa. Hazaba hameze nka Sodoma na Gomora, na Adima na Seboyimu, ya mijyi Uhoraho yatsembye afite umujinya n’uburakari.

24 Abo mu mahanga yose bazibaza bati: “Ni iki cyatumye Uhoraho agenza iki gihugu atya? Ni iki cyamurakaje bene aka kageni?”

25 Bazabasubiza bati: “Ni uko Abisiraheli bishe Isezerano Uhoraho Imana ya ba sekuruza yagiranye na bo, amaze kubavana mu Misiri.

26 Bayobotse izindi mana batari bazi, baraziramya nubwo Uhoraho yari yarabibabujije.

27 Ni cyo cyatumye abarakarira agateza iki gihugu imivumo yose yanditse mu gitabo yabahaye.

28 Uhoraho yagize umujinya n’uburakari bwinshi, abirukana mu gihugu cyabo bajya mu kindi, aho bakiri na n’ubu.”

29 Hariho ibintu bimwe Uhoraho Imana yacu yahishe abantu, nyamara twe n’urubyaro rwacu yaduhishuriye Amategeko ye, kugira ngo tujye tuyakurikiza yose uko ibihe bihaye ibindi.

Categories
Ivugururamategeko

Ivugururamategeko 30

Abisiraheli bashobora kuzagarukira Uhoraho

1 Ibyo byago byose nibibageraho Uhoraho Imana yanyu akabatatanyiriza mu mahanga, muzibuke imigisha n’imivumo maze kubabwira.

2 Mwebwe n’abazabakomokaho nimugarukira Uhoraho Imana yanyu, mukamwumvira n’umutima wanyu wose n’ubushobozi bwanyu bwose nk’uko mbibategetse uyu munsi,

3 Uhoraho Imana yanyu azabagirira impuhwe, abakure aho muzaba mwarajyanywe ho iminyago. Azabatarurukanya abavane mu mahanga yose, aho azaba yarabatatanyirije.

4 Nubwo mwaba mwaraciriwe iyo gihera, Uhoraho Imana yanyu azabatarurukanya abakureyo.

5 Azabasubiza mu gihugu ba sokuruza bari barigaruriye, namwe mwongere mucyigarurire. Azabasubiza ishya n’ihirwe, abagwize murute ubwinshi ba sokuruza.

6 Mwebwe n’abazabakomokaho, Uhoraho Imana yanyu azabaha kumwiyegurira, no kumukunda n’umutima wanyu wose n’ubushobozi bwanyu bwose, kugira ngo mubeho.

7 Uhoraho Imana yanyu azateza iyo mivumo yose ababisha banyu, n’abanzi banyu bazaba babatoteje.

8 Muzagarukire Uhoraho mumwumvire, mwubahirize n’amabwiriza ye yose mbashyikirije uyu munsi.

9 Uhoraho Imana yanyu azabaha imigisha mu byo muzakora byose, azabaha kororoka agwize n’amatungo yanyu n’imisaruro yanyu. Uhoraho azongera gushimishwa no kubagirira neza, nk’uko yabigiriraga ba sokuruza.

10 Uko ni ko bizagenda nimwumvira Uhoraho Imana yanyu, mukubahiriza amabwiriza ye n’amateka ye byanditse muri iki gitabo cy’Amategeko, mukamugarukira n’umutima wanyu wose n’ubushobozi bwanyu bwose.

Guhitamo ubugingo cyangwa urupfu

11 Ayo mabwiriza mbashyikirije uyu munsi ntananiranye, mushobora kuyubahiriza.

12 Ntari mu ijuru kugira ngo mwibaze muti: “Ni nde washobora kuzamuka ngo ajye mu ijuru ayatuzanire, ayatwumvishe kugira ngo tuyakurikize?”

13 Nta n’ubwo ari hakurya y’inyanja, kugira ngo mwibaze muti: “Ni nde washobora kwambuka inyanja ngo ayatuzanire, ayatwumvishe kugira ngo tuyakurikize?”

14 Koko ayo mabwiriza murayafite, mwayafashe mu mutwe ndetse mushobora kuyatondagura. Bityo rero muyubahirize.

15 Uyu munsi ndabahitishamo amahirwe cyangwa ibyago, ubugingo cyangwa urupfu.

16 Icyakora ndabinginze mujye mukunda Uhoraho Imana yanyu mugenze uko ashaka, kandi mwubahirize amabwiriza ye n’amateka yatanze n’ibyemezo yafashe, kugira ngo mubeho. Bityo muzagwira, Uhoraho Imana yanyu abahere umugisha mu gihugu muzigarurira.

17 Ariko nimumwimūra ntimumwumvire, mukararikira kuyoboka izindi mana mukaziramya,

18 mumenye ko muzarimbuka. Ntimuzaramira mu gihugu muzigarurira kiri hakurya ya Yorodani.

19 Uyu munsi ntanze ijuru n’isi ho umugabo ko mbahitishijemo ubugingo cyangwa urupfu, umugisha cyangwa umuvumo. None rero nimuhitemo ubugingo, kugira ngo mubeho mwebwe n’abazabakomokaho.

20 Mujye mukunda Uhoraho Imana yanyu mumwumvire, mubane na we akaramata. Ni we ubabeshaho kandi azabaha kuramira mu gihugu yarahiye guha ba sokuruza, Aburahamu na Izaki na Yakobo.