Categories
Ivugururamategeko

Ivugururamategeko 1

Interuro

1 Muri iki gitabo harimo amagambo Musa yabwiye Abisiraheli bose bakiri iburasirazuba bw’uruzi rwa Yorodani. Icyo gihe bari mu butayu hafi y’Ikiyaga cy’Umunyu ahateganye n’i Sufu, hagati y’i Parani ku ruhande rumwe, n’i Tofeli n’i Labani n’i Haseroti n’i Dizahabu ku rundi ruhande.

2 (Kuva ku musozi wa Horebukugera i Kadeshi-Barineya uciye mu misozi ya Seyiri, hari urugendo rw’iminsi cumi n’umwe.)

3 Ku itariki ya mbere y’ukwezi kwa cumi na kumwe k’umwaka wa mirongo ine Abisiraheli bavuye mu Misiri, Musa yababwiye ibyo Uhoraho yamutegetse kubabwira byose.

4 Bari bamaze gutsinda Sihoni umwami w’Abamori wari utuye i Heshiboni, na Ogi umwami wa Bashani wari utuye Ashitaroti, bamutsindiye ahitwa Edureyi.

5 Bakiri iburasirazuba bwa Yorodani mu gihugu cya Mowabu, ni bwo Musa yatangiye kubasobanurira Amategeko y’Imana. Arababwira ati:

6 Uhoraho Imana yacu yatubwiriye i Horebu ati: “Igihe mumaze kuri uyu musozi kirahagije,

7 none nimuhaguruke mukomeze urugendo. Mujye mu misozi y’Abamori no mu bihugu by’abo bahana imbibi, mujye mu karere k’Ikiyaga cy’Umunyu n’ak’imisozi miremire n’ak’imigufi, no mu majyepfo ya Kanāni no ku nkombe z’Inyanja ya Mediterane. Nimumara kugera muri icyo gihugu cya Kanāni, muzakomeze mujye mu bisi bya Libani, mugere ku ruzi runini rwa Efurati.

8 Ngicyo igihugu nabahaye, mugitere mucyigarurire. Narahiye kugiha ba sokuruza, Aburahamu na Izaki na Yakobo n’abazabakomokaho.”

Musa ashyiraho abatware bo guca imanza

9 Tukiri i Horebu narababwiye nti: “Sinshobora kubatwara jyenyine.

10 Uhoraho Imana yanyu yarabagwije, none munganya ubwinshi n’inyenyeri zo ku ijuru.

11 Uhoraho Imana ya ba sokuruza, nabagwize incuro igihumbi kandi abahe umugisha nk’uko yabibasezeranyije.

12 Sinshobora gukemura impaka zanyu zose jyenyine,

13 none nimwitoranyirize mu miryango yanyu abantu b’ibirangirire b’abahanga kandi bafite ubushishozi, mbagire abatware banyu.”

14 Ibyo mwarabyemeye.

15 Nuko mfata abo bantu b’ibirangirire b’abahanga bo mu miryango yanyu, mbagira abatware b’ibihumbi, b’amagana, ba mirongo itanu, n’ab’icumi, nshyiraho n’abandi bashinzwe kubahiriza amategeko mu miryango yanyu.

16 Narabategetse nti: “Mujye mwumva ibibazo bya bagenzi banyu kandi muce imanza zitabera. Abantu bose mujye mubafata kimwe, ndetse n’abanyamahanga batuye muri mwe.

17 Ntimukagire aho mubogamira, aboroheje n’abakomeye mujye mubafata kimwe. Ntimugatinye amaso y’abantu kuko Imana ari yo ibaha guca imanza. Nihagira urubanza rubananira mujye murunzanira, ndwumve nduce.”

18 Namwe nabategetse ibyo mugomba gukora byose.

Abatasi boherezwa muri Kanāni

19 Nuko tuvuye ku musozi wa Horebu, tunyura muri bwa butayu bunini buteye ubwoba mwiboneye, duca mu nzira igana mu misozi y’Abamori, nk’uko Uhoraho Imana yacu yadutegetse. Amaherezo tugera i Kadeshi-Barineya,

20 ndababwira nti: “Mugeze hafi y’imisozi y’Abamori Uhoraho Imana yacu azaduha.

21 Dore igihugu Uhoraho Imana yanyu yabasezeranyije, nimugende mucyigarurire nk’uko Uhoraho Imana ya ba sokuruza yababwiye, ntimutinye kandi ntimucike intege.”

22 Nuko mwese muranyegera murambwira muti: “Reka twohereze abatasi bajye gutata icyo gihugu, kugira ngo bazatubwire inzira dukwiriye kuzanyuramo n’uko imijyi yaho imeze.”

23 Iyo nama narayishimye, ntoranya abagabo cumi na babiri, umwe muri buri muryango.

24 Baragiye batata icyo gihugu banyuze mu misozi no mu gikombe cya Eshikoli,

25 batuzanira ku mbuto zera muri icyo gihugu, maze baratubwira bati: “Igihugu Uhoraho Imana yacu agiye kuduha ni cyiza.”

26 Ariko mwebwe mwagomeye Uhoraho Imana yanyu mwanga kukijyamo,

27 mwitotombeye mu mahema yanyu muvuga muti: “Uhoraho aratwanga, ni cyo cyatumye adukura mu Misiri ngo atugabize Abamori baturimbure!

28 Mbese ubundi turagirayo iki? Abatasi twohereje baraduhebeje ngo abantu baho baturusha imbaraga kandi baradusumba, imijyi yabo ni minini kandi izengurutswe n’inkuta zigera ku ijuru, ndetse babonyeyo n’abantu barebare kandi banini bakomoka kuri Anaki.”

29 Ndababwira nti: “Ntimugire ubwoba, ntimubatinye.

30 Uhoraho Imana yanyu azabajya imbere, abarwanirire nk’uko mwabonye abigenza mu Misiri

31 no mu butayu. Mu rugendo rwose mwagenze kugera ino, mwiboneye uko Uhoraho Imana yanyu yabitayeho, nk’uko umuntu yita ku mwana we akamuheka.”

32 Nyamara ibyo ntibyatumye mugirira Uhoraho Imana yanyu icyizere.

33 Ni we wabajyaga imbere mu nzira, akabereka aho mushinga amahema. Nijoro yagenderaga mu muriro, ku manywa akagendera mu gicu kugira ngo abereke inzira munyuramo.

Uhoraho ahana Abisiraheli

34 Uhoraho yumvise ibyo mwavugaga ararakara, maze ararahira ati:

35 “Nta n’umwe wo muri aba bantu babi uri mu kigero cy’abakuze, uzatura mu gihugu cyiza nasezeranyije ba sekuruza.

36 Ariko Kalebu mwene Yefune we yanyobotse adashidikanya, ni yo mpamvu nzamutuza mu gihugu yatase, ngituzemo n’abazamukomokaho.”

37 Ndetse mwatumye Uhoraho andakarira arambwira ati: “Nawe Musa ntuzagituramo,

38 ahubwo Yozuwe mwene Nuni ugufasha ni we uzakigeramo. Umutere inkunga kuko ari we uzagihesha Abisiraheli.

39 Abana banyu mwavuze ko bazajyanwa ho iminyago, na bo bazakigeramo. Abataramenya gutandukanya icyiza n’ikibi, ni bo nzagiha bacyigarurire.

40 Ariko mwebweho nimusubize iy’ubutayu, muce mu nzira igana ku Nyanja Itukura.”

41 Mwarambwiye muti: “Twacumuye ku Uhoraho, ariko noneho reka tujye muri Kanāni turwanye abahatuye, nk’uko Uhoraho Imana yacu yadutegetse.” Nuko mwese mufata intwaro zanyu, mugira ngo muhatere nk’aho byoroshye.

42 Uhoraho antegeka kubabwira nti: “Ntimuhatere kuko ntari kumwe namwe, naho ubundi abanzi banyu bazabatsinda.”

43 Nababwiye ibyo Uhoraho yavuze ntimwabyitaho, ahubwo muramugomera mwica amatwi mutera icyo gihugu.

44 Nuko Abamori bahatuye baraza barabarwanya, mwiruka nk’abahunga inzuki, babakubita incuro i Seyiri babageza i Horuma.

45 Mwaragarutse muririra imbere y’Uhoraho, ariko ntiyabitaho yanga kubumva.

Imyaka Abisiraheli bamaze mu butayu

46 Nuko mumara igihe kirekire i Kadeshi.

Categories
Ivugururamategeko

Ivugururamategeko 2

1 Maze dusubiza iy’ubutayu, duca mu nzira igana ku Nyanja Itukura nk’uko Uhoraho yari yambwiye, tumara igihe tuzenguruka mu misozi ya Seyiri.

2 Uhoraho arambwira ati:

3 “Igihe mumaze muri iyi misozi kirahagije, noneho nimugane mu majyaruguru.”

4 Maze antegeka kubabwira nti: “Muzanyure mu gihugu cya Seyiri gituwe na bene wanyu b’Abedomu bakomoka kuri Ezawu. Bazabatinya ariko muzitonde

5 ntimuzabarwanye. Sinzabaha n’ahangana urwara ku gihugu cyabo, kuko imisozi ya Seyiri nayihaye Ezawu ho gakondo.

6 Muzagure na bo ibyokurya ndetse n’amazi yo kunywa.”

7 Uhoraho Imana yanyu yabahaye umugisha mu byo mwakoze byose, abarinda mu rugendo rwo muri ubu butayu bunini, abana namwe iyi myaka uko ari mirongo ine, kandi nta cyo mwigeze mubura.

8 Dukikira imisozi ya Seyiri ituwe na bene wacu b’Abedomu, ntitwanyura no mu muhanda uva Elati na Esiyoni-Geberi ukagera ku Kiyaga cy’Umunyu, ahubwo dufata inzira igana mu butayu bwa Mowabu.

9 Uhoraho arambwira ati: “Ntimushotōre Abamowabu bakomoka kuri Loti ngo mubarwanye. Sinzabaha ku gihugu cyabo kuko nakibahaye ho gakondo, kimwe n’umurwa wacyo Ari.”

10 (Kera hari hatuwe n’Abemi bari ubwoko bukomeye, ari benshi kandi barebare nk’Abanaki.

11 Bamwe babafataga nk’Abarefa kimwe n’Abanaki, ariko Abamowabu babitaga Abemi.

12 Kandi kera Abahori bari batuye mu misozi ya Seyiri, mbere y’uko Abedomu babirukana bakabarimbura bakabazungura, nk’uko Abisiraheli bagiriye abo mu gihugu Uhoraho yabahaye ho gakondo.)

13 Uhoraho yatubwiye kwambuka akabande ka Zeredi, nuko turakambuka.

14 Kuva igihe twaviriye i Kadeshi-Barineya kugeza icyo gihe, hari hashize imyaka mirongo itatu n’umunani. Muri iyo myaka, abantu bose bari bageze mu kigero cyo kujya ku rugamba igihe twari i Kadeshi, barapfuye nk’uko Uhoraho yari yarabibarahiye.

15 Uhoraho yakomeje kubarwanya kugeza aho bashiriye.

16 Bose bamaze gupfa

17 Uhoraho arambwira ati:

18 “Uyu munsi muri bunyure hafi y’umupaka wa Mowabu, ahateganye n’umujyi wa Ari.

19 Nimugera hafi y’igihugu cy’Abamoni bakomoka kuri Loti, ntimubashotōre ngo mubarwanye. Sinzabaha ku gihugu cyabo, kuko nakibahaye ho gakondo.”

20 (Icyo gihugu na cyo cyitwa icy’Abarefa, kuko ari bo bari bagituyemo kera, ariko Abamoni babitaga Abazamuzumi.

21 Bari ubwoko bukomeye, ari benshi kandi barebare nk’Abanaki, ariko Uhoraho yahaye Abamoni kubirukana no kubarimbura no kubazungura.

22 Ni na ko yagiriye Abedomu, yabahaye kwirukana Abahori no kubarimbura no kubazungura, bakaba bagituye mu misozi ya Seyiri kugeza n’ubu.

23 Ni na ko Abafilisiti baturutse i Kafutoribagiriye Abawi bari batuye mu mijyi kugeza i Gaza.)

24 Uhoraho arakomeza ati: “Nimuhaguruke mwambuke uruzi rwa Arunoni. Mbagabije Sihoni umwami w’Abamori utuye i Heshiboni n’igihugu cye, nimumutere mucyigarurire!

25 Uhereye uyu munsi ndatuma amahanga yose yo ku isi agira ubwoba abatinye, abazumva inkuru zanyu bazahinda umushyitsi batinye cyane.”

Abisiraheli batsinda Umwami Sihoni

26 Igihe twari mu kidaturwa hafi y’i Kedemoti, nohereje intumwa ku Mwami Sihoni wari utuye i Heshiboni, kumubwira amagambo y’amahoro ziti:

27 “Twemerere tunyure mu gihugu cyawe, tuzaca mu muhanda gusa nta guteshuka iburyo cyangwa ibumoso.

28 Ibyo tuzarya n’amazi tuzanywa tuzabyishyura, nta kindi dushaka uretse kunyura mu gihugu cyawe.

29 Utugirire nk’uko Abedomu b’i Seyiri n’Abamowabu ba Ari batugiriye, utureke tugende kugeza aho tuzambukira uruzi rwa Yorodani, tukagera mu gihugu Uhoraho Imana yacu azaduha.”

30 Ariko Umwami Sihoni ntiyemera ko tunyura mu gihugu cye, kuko Uhoraho Imana yanyu yanangiye umutima we, yanga kuva ku izima. Ni cyo cyatumye amutugabiza tukamutsinda.

31 Uhoraho yarambwiye ati: “Dore ntangiye kubagabiza Sihoni n’igihugu cye, nimugitere mucyigarurire.”

32 Maze Sihoni azana n’ingabo ze zose ngo adukumīre, baturwanyiriza i Yahasi.

33 Uhoraho Imana yacu aramutugabiza, tumwicana n’abahungu be n’ingabo ze zose.

34 Icyo gihe dufata imijyi yabo yose turayirimbura, abagabo n’abagore n’abana tubamarira ku icumu.

35 Icyakora twanyaze amatungo yabo, dusahura n’imijyi yabo.

36 Uhoraho Imana yacu atugabiza imijyi yose uhereye kuri Aroweri, iri haruguru y’akabande ka Arunoni no ku mujyi uri muri ako kabande ukageza kuri Gileyadi, nta mujyi n’umwe wigeze utunanira.

37 Ariko ntitwegereye igihugu cy’Abamoni, haba ku nkombe z’umugezi wa Yaboki cyangwa mu mijyi yo ku misozi, n’ahandi hose Uhoraho Imana yacu yatubujije.

Categories
Ivugururamategeko

Ivugururamategeko 3

Abisiraheli batsinda Umwami Ogi

1 Turakomeza duca mu muhanda ugana muri Bashani. Nuko Ogi umwami wa Bashani azana n’ingabo ze zose ngo adukumīre, baturwanyiriza Edureyi.

2 Uhoraho arambwira ati: “Ntimubatinye kuko nababagabije bo n’igihugu cyabo, mugirire Ogi nk’uko mwagiriye Sihoni umwami w’Abamori wari utuye i Heshiboni.”

3 Nuko Uhoraho Imana yacu atugabiza Ogi umwami wa Bashani n’ingabo ze zose, turabarimbura ntihagira n’umwe ucika ku icumu.

4 Twafashe imijyi ye yose ntitwasiga n’umwe. Dufata n’imijyi mirongo itandatu mu karere ka Arugobu, na ko kategekwaga na Ogi umwami wa Bashani.

5 Iyo mijyi yose yari izengurutswe n’inkuta ndende, ifite n’amarembo akingishijwe ibihindizo. Twafashe n’indi mijyi myinshi itazengurutswe n’inkuta.

6 Twarayirimbuye yose, twica abagabo n’abagore n’abana baho nk’uko twagenje imijyi y’Umwami Sihoni wari utuye i Heshiboni.

7 Icyakora twanyaze amatungo yose, dusahura n’imijyi yabo.

8 Twigarurira dutyo ibihugu by’abo bami bombi b’Abamori bari iburasirazuba bwa Yorodani, uhereye mu kabande ka Arunoni ukageza ku musozi wa Herumoni.

9 (Uwo musozi Abanyasidoni bawita Siriyoni, naho Abamori bakawita Seniri.)

10 Twafashe igihugu cyose cya Ogi umwami wa Bashani, imijyi yose yo mu mirambi n’intara ya Gileyadi n’iya Bashani, ndetse n’imijyi ya Saleka na Edureyi iburasirazuba.

11 (Ogi umwami wa Bashani ni we wenyine wari ukiriho mu bakomoka ku Barefa, ba bantu barebare kandi banini. Igitanda cye cyari gicuzwe mu cyuma, cyari gifite uburebure bwa metero enye n’ubugari bujya kugera kuri metero ebyiri. Na n’ubu kiracyari i Raba, umurwa w’Abamoni.)

Abahawe gakondo iburasirazuba bwa Yorodani

12 Tumaze kwigarurira ibyo bihugu, nahaye umuryango wa Rubeni n’uwa Gadi akarere kose gaherereye kuri Aroweri, iri haruguru y’akabande ka Arunoni, n’igice cya kabiri cy’imisozi ya Gileyadi n’imijyi yaho.

13 Igice gisigaye cya Gileyadi na Bashani hose hategekwaga na Ogi, mbiha igice cy’umuryango wa Manase. (Kera akarere ka Arugobu ko mu gihugu cya Bashani, kitwaga igihugu cy’Abarefa.)

14 Yayiri ukomoka kuri Manase ajya kwigarurira ako karere ka Arugobu kose, ageza ku mupaka wa Geshuri n’uwa Māka. Aho hantu ha Bashani yigaruriye arahiyitirira, kuva ubwo hitwa Inkambi za Yayiri.

15 Abamakiri bakomoka kuri Manase nabahaye igice cya Gileyadi.

16 Abarubeni n’Abagadi nabahaye igice gisigaye cya Gileyadi. Umupaka wacyo wo mu majyepfo wari uruzi rwa Arunoni, uw’iburasirazuba ari umugezi wa Yaboki ubagabanya n’Abamoni.

17 Umupaka wacyo w’iburengerazuba wari uruzi rwa Yorodani, uhereye ku Kiyaga cya Galileya ukageza ku kiyaga cya Araba, ari cyo Kiyaga cy’Umunyu kiri mu burengerazuba bw’umusozi wa Pisiga.

18 Icyo gihe narabategetse nti: “Uhoraho Imana yanyu yabahaye iki gihugu cy’iburasirazuba bwa Yorodani. None ab’intwari mwese nimufate intwaro, mwambuke murangaje imbere ya bene wanyu b’Abisiraheli.

19 Muzasige abagore banyu n’abana banyu n’amatungo yanyu (nzi yuko mufite menshi) mu mijyi nabahaye hakuno ya Yorodani.

20 Bene wanyu na bo nibamara kwigarurira igihugu Uhoraho Imana yanyu azabaha hakurya ya Yorodani, muzabone kugaruka musubire mu minani nabahaye.”

21 Icyo gihe nabwiye Yozuwe nti: “Wiboneye uko Uhoraho Imana yanyu yabahaye gutsinda ba bami bombi Sihoni na Ogi, ni na ko azabaha gutsinda abami bose bo hakurya ya Yorodani.

22 Ntimuzabatinye kuko Uhoraho Imana yanyu ari we ubarwanirira.”

Musa asaba kugera muri Kanāni

23 Ninginze Uhoraho nti:

24 “Nyagasani Uhoraho, wanyeretse igice cya mbere cy’ibigwi byawe n’ibitangaza byawe. Nta yindi mana ibaho mu ijuru cyangwa ku isi ishobora gukora ibitangaza nk’ibyawe!

25 Nyemerera nambuke Yorodani ngere muri kiriya gihugu cyiza, nirebere imisozi yacyo myiza n’ibisibya Libani.”

26 Nyamara kubera ko cya gihe mwatumye Uhoraho andakarira, yarabyanze ati: “Uherukire aho, ntuzongere guhingutsa iryo jambo.

27 Uzazamuke ujye mu mpinga ya Pisiga, witegereze iburengerazuba n’amajyaruguru, n’iburasirazuba n’amajyepfo. Uharebeshe amaso gusa kuko utazambuka Yorodani.

28 Ahubwo Yozuwe ni we uzayobora Abisiraheli akabambutsa Yorodani, kugira ngo bigarurire igihugu ugiye kureba. None muhe amabwiriza kandi umukomeze.”

29 Nuko tuguma mu kibaya ahateganye n’i Beti-Pewori.

Categories
Ivugururamategeko

Ivugururamategeko 4

Abisiraheli bahugurirwa gukurikiza Amategeko

1 None rero Bisiraheli, mujye mwumvira amateka Imana yatanze n’ibyemezo yafashe. Ni cyo kizatuma mubaho mukigarurira igihugu Uhoraho Imana ya ba sokuruza azabaha.

2 Ntimuzagire icyo mwongera cyangwa ngo mugabanye ku byo nabategetse, ahubwo muzajye mwitondera amabwiriza y’Uhoraho Imana yanyu mbashyikirije.

3 Mwiboneye uko Uhoraho Imana yanyu yarimbuye abantu bose bayobotse ikigirwamana Bāli y’i Pewori.

4 Ariko mwebwe abayobotse Uhoraho Imana yanyu, na n’ubu mwese muracyariho.

5 Nabamenyesheje amateka Uhoraho Imana yanjye yatanze n’ibyemezo yafashe, nk’uko yantegetse. Mujye mubikurikiza muri mu gihugu mugiye kwigarurira.

6 Mujye mubyitondera mubikurikize, bizatuma abanyamahanga bababonamo ubwenge n’ubushishozi. Nibumva ayo mateka yose bazatangara bati: “Mbega ukuntu abo bantu bafite ubwenge n’ubushishozi! Ni ubwoko bukomeye!”

7 Nta bundi bwoko nubwo bwaba bukomeye, bufite imana iri hafi nk’uko Uhoraho Imana yacu ahora hafi yacu iyo tumutakambiye.

8 Nta bundi bwoko nubwo bwaba bukomeye, bwamenyeshejwe amateka n’ibyemezo bitunganye, byahwana n’aya Mategeko yose mbagejejeho uyu munsi.

9 Icyakora muramenye ntimukibagirwe ibyo mwiboneye. Mujye muhora mubizirikana igihe cyose mukiriho. Muzabyigishe abana banyu n’abazukuru banyu.

10 Muzababwire ibya wa munsi mwari muhagaze imbere y’Uhoraho Imana yanyu munsi y’umusozi wa Horebu. Uhoraho yari yambwiye ati: “Uzampamagarire Abisiraheli kugira ngo bumve Amategeko yanjye. Bityo bazamenya kunyubaha igihe cyose bazaba bakiriho, babyigishe n’abana babo.”

11 Nuko mwegera uwo musozi muhagarara munsi yawo, wakagaho umuriro, ibirimi byawo bikagera ku ijuru kandi wari wuzuyeho umwotsi n’igicu kibuditse.

12 Uhoraho abavugisha ari muri uwo muriro, ku buryo mwumvaga ijwi rye gusa ariko ntimumubone.

13 Abatangariza Isezerano rye, abategeka kumvira Amategeko icumi yanditse ku bisate bibiri by’amabuye.

14 Nanjye antegeka kubasobanurira amateka yatanze n’ibyemezo yafashe, kugira ngo muzabikurikize nimumara kwigarurira kiriya gihugu.

Abisiraheli babuzwa gusenga ibigirwamana

15 Igihe Uhoraho yabavugishirizaga kuri Horebu ari mu muriro, ntimwigeze mumubona. None rero muramenye,

16 ntimuzahemuke ngo mwiremere amashusho asengwa y’uburyo bwose, yaba ishusho isa n’umugabo cyangwa n’umugore,

17 yaba isa n’inyamaswa cyangwa n’itungo cyangwa n’igisiga cyangwa n’inyoni,

18 yaba isa n’agasimba gakururuka cyangwa n’ifi.

19 Ku byerekeye izuba n’ukwezi n’inyenyeri, cyangwa ibindi binyarumuri byo ku ijuru Uhoraho Imana yanyu yahaye amahanga yose yo ku isi, muzarwanye igishuko cyo kubiramya no kubiyoboka.

20 Icyatumye Uhoraho abakura mu Misiri yari ibamereye nk’itanura rishongesha ibyuma, kwari ukugira ngo mumubere ubwoko bw’umwihariko nk’uko bimeze ubu.

21 Mwatumye Uhoraho Imana yanyu andakarira, arahira ko ntazambuka Yorodani ngo ngere mu gihugu cyiza agiye kubaha ho gakondo.

22 Bityo sinzambuka Yorodani, ahubwo nzagwa ino. Ariko mwebweho muzayambuka, mwigarurire kiriya gihugu cyiza.

23 Muramenye ntimuzirengagize Isezerano Uhoraho Imana yanyu yagiranye namwe, ntimuziremere ishusho yose isengwa kuko yabibabujije.

24 Koko rero Uhoraho Imana yanyu ni nk’umuriro ukongora, ni Imana ifuha!

25 Nimumara igihe kirekire muri kiriya gihugu, hanyuma mukabyara mukagira n’abuzukuru, ntimuzahemuke ngo mwiremere amashusho yose asengwa. Byaba ari ishyano, bikarakaza Uhoraho Imana yanyu.

26 Uyu munsi ntanze ijuru n’isi ho umugabo ko nimubigenza mutyo, muzarimbuka bidatinze mushire muri kiriya gihugu mugiye kwigarurira. Ntimuzakirambamo, ahubwo muzatsembwa nta kabuza.

27 Abake cyane bazacika ku icumu bo muri mwe, Uhoraho azabatatanyiriza mu mahanga.

28 Nimugerayo muzayoboka ibigirwamana bitabona, bitumva, bitarya kandi bidahumurirwa, byabājwe n’abantu mu biti no mu mabuye.

29 Icyakora no muri ayo mahanga nimushakashaka Uhoraho Imana yanyu n’umutima wanyu wose n’ubushobozi bwanyu bwose, muzamubona.

30 Mu gihe kizaza ibyo byago byose nibibageraho, ni bwo muzagarukira Uhoraho Imana yanyu mumwumvire.

31 Koko rero Uhoraho Imana yanyu ni Imana igira impuhwe! Ntabwo izabatererana cyangwa ngo ibarimbure, ntizibagirwa indahiro yarahiye ba sokuruza igihe yagiranaga na bo Isezerano.

Uhoraho wenyine ni we Mana

32 Nimutekereze ibyabayeho kera mutaravuka uhereye igihe Imana yaremaga umuntu ikamutuza ku isi, mutekereze n’ibyabaye ku isi yose, murebe ko higeze habaho cyangwa havugwa ibitangaza nk’ibyo mwabonye.

33 Uretse mwebwe se, hari ubundi bwoko bwigeze kumva Imana ivugira mu muriro bukabaho?

34 Hari indi mana se yagerageje gukura ubwoko hagati y’ubundi kugira ngo ibugire ubwayo? Ariko mwiboneye uko Uhoraho Imana yanyu yabakuye mu Misiri, akoresheje ibyago n’ibimenyetso n’ibitangaza, n’intambara n’ububasha bukomeye, n’imbaraga nyinshi n’ibiteye ubwoba cyane!

35 Uhoraho yabiberekeye kugira ngo mumenye ko ari we Mana, kandi ko nta yindi mana ibaho.

36 Mwumvise avugira mu ijuru kugira ngo abacyahe, naho ku isi mwumvise avugira muri wa muriro ugurumana yaberetse.

37 Kubera urukundo yakunze ba sokuruza, mwebwe ababakomokaho yarabatoranyije abasanga mu Misiri, abakuzayo imbaraga nyinshi.

38 Yirukanye amahanga akomeye yabarushaga imbaraga, kugira ngo abahe ibihugu byayo ho gakondo nk’uko bimeze ubu.

39 Kuva uyu munsi rero, mumenye kandi muzirikane ko Uhoraho ari we Mana igenga ijuru n’isi. Nta yindi mana ibaho.

40 Mujye mukurikiza amateka yatanze n’ibyemezo yafashe, nk’uko mbibategetse uyu munsi. Bityo bizabagwa neza mwebwe n’abazabakomokaho, maze murambe mu gihugu Uhoraho Imana yanyu agiye kubaha burundu.

Imijyi y’ubuhungiro

41 Musa amaze kuvuga ayo magambo, ahitamo imijyi itatu iburasirazuba bw’uruzi rwa Yorodani.

42 Iyo hagiraga umuntu wica undi atabigambiriye kandi adasanzwe amwanga, yashoboraga guhungira muri umwe muri iyo mijyi kugira ngo batamwica.

43 Abarubeni bahungiraga mu wa Beseri uri mu mirambi yo mu butayu, Abagadi bagahungira i Ramoti y’i Gileyadi, naho Abamanase bagahungira i Golani yo muri Bashani.

Musa asubira mu Mategeko iburasirazuba bwa Yorodani

44 Aya ni yo mategeko Musa yashyikirije Abisiraheli.

45 Ibi ni byo Imana yategetse n’amateka yatanze n’ibyemezo yafashe, nk’uko Musa yabibwiye Abisiraheli bamaze kuva mu Misiri.

46 Musa yabibabwiriye iburasirazuba bwa Yorodani, mu kibaya giteganye n’i Beti-Pewori, mu gihugu cyari icya Sihoni umwami w’Abamori wari utuye i Heshiboni. Musa n’Abisiraheli bamutsinze bamaze kuva mu Misiri,

47 bigarurira igihugu cye n’icya Ogi umwami wa Bashani. Abo bami bombi b’Abamori bari batuye iburasirazuba bwa Yorodani.

48 Ibihugu byabo byaheraga ku mujyi wa Aroweri, iri haruguru y’akabande ka Arunoni, bikagera ku musozi wa Siriyoni ari wo Herumoni.

49 Byafataga n’uburasirazuba bwose bw’ikibaya cya Yorodani, kugera ku ruhande rw’Ikiyaga cy’Umunyu ruri munsi y’umusozi wa Pisiga.

Categories
Ivugururamategeko

Ivugururamategeko 5

Amategeko icumi

1 Musa ahamagara Abisiraheli bose, arababwira ati:

Bisiraheli, nabahamagariye kubabwira amateka Uhoraho yatanze n’ibyemezo yafashe. None nimutege amatwi mubyumve, mubizirikane kugira ngo mujye mubikurikiza.

2 Uhoraho Imana yacu yagiranye natwe Isezerano ku musozi wa Horebu.

3 Ntiyarigiranye n’ababyeyi bacu bonyine, ahubwo natwe twese turi hano twararigiranye.

4 Uhoraho yavuganye na bo ari mu muriro kuri uwo musozi, nk’abavugana imbonankubone.

5 Icyakora mwatinye uwo muriro ntimwazamuka umusozi, maze mbabera umuhuza nkajya mbagezaho amagambo y’Uhoraho. Yaravuze ati:

6 “Ndi Uhoraho Imana yawe, nagukuye mu Misiri aho wari inkoreragahato.

7 “Ntugasenge izindi mana, ahubwo ujye unsenga jyenyine.

8 “Ntukiremere ikigirwamana cyangwa ishusho isengwa y’ibiri mu ijuru, cyangwa ku butaka, cyangwa mu mazi.

9 Ntukabipfukamire kandi ntukabiyoboke. Jyewe Uhoraho Imana yawe ndi Imana ifuha, mpana abanyanga n’abana babo n’abuzukuru babo ndetse n’abuzukuruza babo.

10 Ariko abankunda bagakurikiza amabwiriza yanjye, mbagirira neza bo n’ababakomokaho imyaka itabarika!

11 “Ntugakoreshe izina ryanjye mu buryo budakwiriye, kuko jyewe Uhoraho Imana yawe ntazabura guhana ukoresha izina ryanjye atyo.

12 “Ujye wubahiriza umunsi w’isabato uwunyegurire, nk’uko jyewe Uhoraho Imana yawe nabigutegetse.

13 Imirimo yawe yose ujye uyikora mu minsi itandatu,

14 ariko uwa karindwi ni isabato yanjye, jyewe Uhoraho Imana yawe. Ntukagire icyo ukora kuri uwo munsi, wowe ubwawe cyangwa umuhungu wawe, cyangwa umukobwa wawe, cyangwa umugaragu wawe, cyangwa umuja wawe, cyangwa inka yawe, cyangwa indogobe yawe, cyangwa irindi tungo ryawe ryose, cyangwa umunyamahanga uba iwawe. Umugaragu wawe n’umuja wawe na bo bajye baruhuka nkawe.

15 Ujye wibuka ko wabaye inkoreragahato mu Misiri, kandi ko jyewe Uhoraho Imana yawe nagukūjeyo ububasha bukomeye n’imbaraga nyinshi. Ni cyo cyatumye ngutegeka kubahiriza umunsi w’isabato.

16 “Ujye wubaha so na nyoko nk’uko jyewe Uhoraho Imana yawe nabigutegetse, bityo uzarama ugubwe neza mu gihugu mbahaye.

17 “Ntukice.

18 “Ntugasambane.

19 “Ntukibe.

20 “Ntukabeshyere abandi.

21 “Ntukifuze umugore w’undi muntu cyangwa inzu ye, cyangwa umurima we, cyangwa umugaragu we, cyangwa umuja we, cyangwa inka ye, cyangwa indogobe ye, cyangwa ikindi cyose atunze.”

22 Ayo Mategeko Uhoraho yayababwiriye kuri wa musozi aranguruye, ari mu muriro n’igicu kibuditse mwese mumwiyumvira. Ayandika ku bisate bibiri by’amabuye nta kindi yongeyeho, maze arabimpa.

Abantu bagira ubwoba

23 Mwumvise ijwi rivugira mu mwijima kuri wa musozi wakaga umuriro, abatware b’imiryango yanyu bose n’abakuru banyu baranyegera,

24 barambwira bati: “Dore Uhoraho Imana yacu yatweretse ikuzo rye n’ubuhangange bwe, kandi twumvise n’ijwi rye avugira mu muriro. Uyu munsi twiboneye ko Imana ivugisha umuntu ntahite apfa.

25 Icyakora ntitwakomeza gukina n’urupfu! Nidukomeza kumva ijwi ry’Uhoraho Imana yacu, uriya muriro ugurumana uradukongora dupfe.

26 Mbese hari abandi bantu bigeze kumva ijwi ry’Imana nzima ivugira mu muriro ntibahite bapfa?

27 Ube ari wowe wegera Uhoraho Imana yacu, wumve ibyo avuga byose ubitubwire, natwe turabyumva tujye tubikurikiza.”

28 Uhoraho yumvise ibyo muvuze arambwira ati: “Ibyo Abisiraheli bavuze bifite ishingiro.

29 Icyampa ngo uwo mutima bazawuhorane, bahore banyubaha, kandi bakurikize amabwiriza yanjye yose! Bo n’abazabakomokaho bāgubwa neza ibihe byose.

30 Genda ubabwire basubire mu mahema yabo.

31 Ariko wowe ugaruke hano nguhe amabwiriza n’amateka, nkubwire n’ibyemezo nafashe. Uzabibigishe kugira ngo bazabikurikize bamaze kwigarurira igihugu nabahaye.”

32 None rero mujye mwihatira gukurikiza ibyo Uhoraho Imana yanyu yabategetse mudateshuka.

33 Mujye mugenza uko Uhoraho Imana yanyu yabategetse kugira ngo mubeho, ni bwo muzagubwa neza kandi murambe mu gihugu muzigarurira.

Categories
Ivugururamategeko

Ivugururamategeko 6

Itegeko ry’ingenzi

1 Ngaya amabwiriza n’amateka Uhoraho Imana yanyu yatanze n’ibyemezo yafashe, akantegeka kubibigisha kugira ngo muzabikurikize muri kiriya gihugu mugiye kwigarurira.

2 Nabahaye amateka n’amabwiriza yose y’Uhoraho Imana yanyu, kugira ngo mumwubahe. Mujye muyakurikiza mwebwe n’abana banyu n’abuzukuru banyu igihe cyose muzaba muriho, ni bwo muzarama.

3 Isiraheli we, tega amatwi witondere kumvira Uhoraho kugira ngo uzagubwe neza, wororoke muri kiriya gihugu gitemba amata n’ubuki, nk’uko Uhoraho Imana ya ba sokuruza yabigusezeranyije.

4 Isiraheli we, tega amatwi. Uhoraho, Uhoraho wenyine ni we Mana yacu.

5 Ukunde Uhoraho Imana yawe n’umutima wawe wose n’ubuzima bwawe bwose n’imbaraga zawe zose.

6 Ujye uzirikana amabwiriza nguha uyu munsi,

7 ugire umwete wo kuyigisha abana bawe. Ujye uyavuga uri imuhira n’igihe uri mu rugendo, uyavuge ugiye kuryama n’igihe ubyutse.

8 Ujye uyambara ku kuboko no mu ruhanga kugira ngo utayibagirwa.

9 Uzayandike ku bizingiti by’urugi no ku bikingi by’amarembo.

Abisiraheli ntibakibagirwe Uhoraho

10 Uhoraho Imana yanyu azabageza mu gihugu yarahiriye ba sokuruza, Aburahamu na Izaki na Yakobo ko azagiha urubyaro rwabo. Ni igihugu kirimo imijyi myiza kandi minini mutubatse,

11 n’amazu yuzuye ibyiza mutaruhiye, n’amariba mutafukuye, n’imizabibu n’iminzenze mutateye. Nimugerayo mukarya mugahaga,

12 muzirinde kwibagirwa Uhoraho wabakuye mu Misiri, aho mwari inkoreragahato.

13 Muzubahe Uhoraho Imana yanyu mumuyoboke, abe ari we wenyine murahira.

14 Ntimuzayoboke imana z’amahanga abakikije,

15 kugira ngo Uhoraho Imana yanyu utuye muri mwe atabarakarira akabarimbura, kuko ari Imana ifuha.

16 Ntimukagerageze Uhoraho Imana yanyu, nk’uko mwamugeragereje i Masa.

17 Mujye mwubahiriza amabwiriza y’Uhoraho Imana yanyu, mwumvire n’ibyo yategetse n’amateka yatanze.

18 Mujye mukora ibyiza n’ibimutunganiye kugira ngo muzagubwe neza, mwigarurire igihugu cyiza nk’uko yabirahiriye ba sokuruza,

19 kandi mwirukane abanzi banyu bose nk’uko Uhoraho yabisezeranye.

20 Mu gihe kizaza, abana banyu nibabaza impamvu Uhoraho Imana yacu yategetse ibyo, agatanga n’ayo mateka agafata n’ibyo byemezo,

21 muzabasubize muti: “Twari inkoreragahato z’umwami wa Misiri, maze Uhoraho adukūzayo ububasha bukomeye.

22 Twiboneye ibimenyetso yatanze, n’ibitangaza bikomeye kandi biteye ubwoba yakoreye igihugu cya Misiri, n’umwami wacyo n’ab’urugo rwe bose.

23 Uhoraho yatuvanyeyo atuzana muri iki gihugu yari yararahiriye ba sogokuruza ko azakiduha.

24 Uhoraho Imana yacu yadutegetse gukurikiza ayo mateka yose no kumwubaha, kugira ngo tubeho kandi tugubwe neza nk’uko bimeze ubu.

25 Nitwitondera kubahiriza ayo mabwiriza yose nk’uko Uhoraho Imana yacu yabidutegetse, azatwishimira.”

Categories
Ivugururamategeko

Ivugururamategeko 7

Ubwoko Uhoraho yagize umwihariko

1 Uhoraho Imana yanyu azabageza mu gihugu mugiye kwigarurira, ameneshe amahanga arindwi abaruta ubwinshi kandi abarusha amaboko, ari yo Abaheti n’Abagirigashi n’Abamori, n’Abanyakanāni n’Abaperizi, n’Abahivi n’Abayebuzi.

2 Uhoraho Imana yanyu namara kuyabagabiza mukayatsinda, muzayatsembe rwose nta mbabazi. Ntimuzagirane amasezerano n’abo muri ayo mahanga,

3 kandi ntimuzashyingirane na bo.

4 Ibyo byatuma abana banyu bimūra Uhoraho bakayoboka izindi mana, namwe Uhoraho akabarakarira akabarimbura bidatinze.

5 Nuko rero muzasenye intambiro zabo, mumenagure n’inkingi z’amabuye basenga, mutemagure amashusho y’ikigirwamanakazi Ashera, mutwike n’andi mashusho asengwa,

6 kuko muri ubwoko Uhoraho Imana yanyu yitoranyirije. Yabahisemo mu yandi mahanga yose yo ku isi, kugira ngo mumubere ubwoko bw’umwihariko.

7 Icyatumye Uhoraho abakunda akabitoranyiriza, si uko mwarutaga ubwinshi ayandi mahanga, n’ikimenyimenyi mwari bake hanyuma y’ayandi yose!

8 Kubera urwo rukundo abakunda no kubera indahiro yarahiriye ba sokuruza, Uhoraho yabakuje mu Misiri ububasha bukomeye, abakiza kuba inkoreragahato z’umwami waho.

9 None rero mumenye ko Uhoraho Imana yanyu ari we Mana, ni we Mana yo kwizerwa isohoza Isezerano ryayo. Abayikunda bagakurikiza amabwiriza yayo, bo n’ababakomokaho ibagirira neza imyaka itabarika.

10 Naho abayanga ntitinda kubibitūra ikabarimbura.

11 Uyu munsi mbagejejeho amabwiriza n’amateka yatanze n’ibyemezo yafashe, none rero mujye mubizirikana kandi mubikurikize.

Imigisha Abisiraheli baheshwa no kumvira

12 Nimuzirikana ibyo byemezo Uhoraho Imana yanyu yafashe, mukabyubahiriza kandi mukabishyira mu bikorwa, azasohoza Isezerano rye kandi abagirire neza nk’uko yabirahiriye ba sokuruza.

13 Azabakunda abahe umugisha, abahe no kororoka mugwire. Ubutaka bwanyu azabuha kurumbuka mubone ingano na divayi n’amavuta y’iminzenze. Azaha amashyo yanyu n’imikumbi yanyu kororoka mu gihugu yarahiriye ba sokuruza ko azagiha urubyaro rwabo.

14 Muzagira ishya n’ihirwe kuruta amahanga yose, nta bugumba buzabaho mu bantu no mu matungo.

15 Uhoraho azabarinda indwara zose n’ibyorezo nk’ibyo mwabonye mu Misiri, abiteze abanzi banyu bose.

16 Muzarimbure amahanga yose Uhoraho Imana yanyu azabagabiza, ntimuzayagirire imbabazi. Ntimuzayoboke imana zayo kuko byabagusha mu mutego.

17 Ntimukibwire yuko ayo mahanga abaruta ubwinshi ku buryo mutabasha kuyamenesha.

18 Ntimukayatinye. Mujye mwibuka ibyo Uhoraho Imana yanyu yagiriye umwami wa Misiri n’igihugu cye.

19 Mwiboneye uko Uhoraho Imana yanyu yabakuye mu Misiri, akoresheje ibyago n’ibimenyetso n’ibitangaza, n’ububasha bukomeye n’imbaraga nyinshi! Uko ni ko azagenza amahanga yose mutinya,

20 kandi ababihishe bagasigara, azabateza amavubi abarimbure.

21 Ayo mahanga ntazabatere ubwoba, kuko Uhoraho Imana yanyu uba muri mwe, ari Imana ikomeye kandi iteye ubwoba.

22 Azirukana ayo mahanga buhoro buhoro, kuko muyarimburiye icyarimwe inyamaswa zagwira zikababuza amahoro.

23 Uhoraho Imana yanyu azayabagabiza acikemo igikuba, muyamarire ku icumu.

24 Azabagabiza kandi abami bayo, mubice be kuzongera kwibukwa ukundi. Nta muntu uzabasha kubakoma imbere mutarabatsemba.

25 Muzatwike amashusho y’ibigirwamana byabo, ntimuzakureho ifeza cyangwa izahabu ziyometseho bitazabagusha mu mutego, kuko Uhoraho Imana yanyu abyanga urunuka.

26 Ntimukinjize ibigirwamana mu ngo zanyu kugira ngo mutarimburanwa na byo. Muzabyange urunuka bibabere umuziro, kuko ari ibyo kurimburwa rwose.

Categories
Ivugururamategeko

Ivugururamategeko 8

Uhoraho yigishiriza Abisiraheli mu butayu

1 Mujye mwubahiriza amabwiriza yose mbashyikirije uyu munsi, kugira ngo mubeho mugwire, mwigarurire igihugu Uhoraho yarahiriye ba sokuruza.

2 Mwibuke uko Uhoraho Imana yanyu yabayoboye mu rugendo rwo mu butayu, iyi myaka mirongo ine yose. Kwari ukugira ngo abacishe bugufi, abagerageze kandi ngo amenye ko muzubahiriza amabwiriza ye.

3 Yabacishije bugufi arabareka murasonza, hanyuma abagaburira manu, bya byokurya mutari mwigeze mumenya, yaba mwe yaba ba sokuruza. Kwari ukugira ngo mumenye ko umuntu adatungwa n’ibyokurya gusa, ahubwo atungwa n’ijambo ryose Uhoraho avuga.

4 Muri iyo myaka mirongo ine imyambaro ntiyabasaziyeho, n’ibirenge byanyu ntibyigeze bibyimba.

5 Mumenye neza ko Uhoraho Imana yanyu yagiye abigisha, nk’uko umubyeyi yigisha umwana we.

6 Mujye mwubahiriza amabwiriza y’Uhoraho Imana yanyu, mugenze uko ashaka kandi mumutinye.

7 Azabajyana mu gihugu cyiza, kirimo imigezi n’amasōko, n’amariba bitembera mu bibaya no ku misozi.

8 Ni igihugu cyera ingano za nkungu n’iza bushoki, n’imizabibu n’imitini n’imikomamanga, n’amavuta y’iminzenze n’ubuki.

9 Ni igihugu kitazabamo inzara, muzahora mufite ibyokurya nta cyo muzabura. Ni igihugu gikize ku mabuye y’agaciro nk’ubutare n’umuringa.

10 Muzarya muhage, bitume mushimira Uhoraho Imana yanyu igihugu cyiza yabahaye.

Abisiraheli bagomba kwibuka ibyiza Uhoraho yabagiriye

11 Muzirinde kumwibagirwa kandi mujye mwubahiriza ibyemezo yafashe, n’amabwiriza n’amateka ye mbashyikirije uyu munsi.

12 Nimurya mugahaga mukubaka amazu meza mukayabamo,

13 amashyo yanyu n’imikumbi yanyu bikagwira, mukagira n’ubutunzi bw’ifeza n’izahabu n’ibindi byose,

14 muzirinde kwirata ngo mwibagirwe Uhoraho Imana yanyu. Mujye mwibuka ko ari we wabakuye mu Misiri aho mwari inkoreragahato,

15 akabacisha muri bwa butayu bunini buteye ubwoba, burimo indyanishamurizon’inzoka zifite ubumara, mukahabura n’amazi yo kunywa. Mujye mwibuka uko yabakuriye amazi mu rutare rukomeye,

16 akabagaburira manu, bya byokurya ba sokuruza batigeze bamenya. Yabacishije bugufi abagerageza atyo, kugira ngo nyuma muzamererwe neza.

17 Muzirinde kwibwira ko imbaraga zanyu n’ubushobozi bwanyu ari byo byabahesheje ubwo butunzi,

18 ahubwo muzajye mwibuka ko mubukesha Uhoraho Imana yanyu. Azaba abigiriye gusohoza Isezerano yarahiriye ba sokuruza, nk’uko yabitangiye.

19 Ariko ndabahamiriza ko nimwibagirwa Uhoraho Imana yanyu mukayoboka izindi mana mukazisenga, muzarimbuka

20 kimwe n’andi mahanga Uhoraho azarimbura. Azabarimburira ko muzaba mutamwumviye.

Categories
Ivugururamategeko

Ivugururamategeko 9

Ubutungane bw’Abisiraheli si bwo bwabahesheje igihugu

1 Bisiraheli, nimutege amatwi. Dore mugiye kwambuka uruzi rwa Yorodani, mwigarurire igihugu cy’amahanga abaruta ubwinshi kandi abarusha amaboko. Ni igihugu kirimo imijyi minini izengurutswe n’inkuta zigera ku ijuru.

2 Gituwemo n’abantu barebare kandi banini bakomoka kuri Anaki, muzi neza ko bavuga ko nta wahangara abo Banaki.

3 Ariko ndabahamiriza ko Uhoraho Imana yanyu azababanziriza kugerayo ameze nk’umuriro ukongora. Azarimbura abo Banaki ababatsindire mubazungure, muzabatsemba bidatinze nk’uko Uhoraho yababwiye.

4 Uhoraho Imana yanyu namara kwirukana ayo mahanga, ntimuzirate muti: “Ubutungane bwacu ni bwo bwatumye Uhoraho aduha kwigarurira iki gihugu.” Icyatumye yirukana ayo mahanga ni ubugome bwayo.

5 Ikizatuma mucyigarurira si uko muri intungane, si n’uko mufite imitima iboneye, ahubwo ni ubugome bw’ayo mahanga buzatuma Uhoraho Imana yanyu ayamenesha, kugira ngo asohoze icyo yarahiriye ba sokuruza, Aburahamu na Izaki na Yakobo.

6 Mumenye ko ikizatuma Uhoraho Imana yanyu abaha kwigarurira icyo gihugu cyiza atari ubutungane bwanyu, kuko muri ubwoko bw’ibyigomeke.

Ikimasa cy’izahabu

7 Ntimukibagirwe uko mwarakazaga Uhoraho Imana yanyu igihe cyose mwari mu butayu. Mwaramugomeye uhereye igihe mwaviriye mu Misiri kugeza aho mugereye aha.

8 No ku musozi wa Horebumwaramurakaje ashaka kubarimbura.

9 Nazamutse uwo musozi njya guhabwa ibisate by’amabuye byanditseho Amategeko, agenga Isezerano Uhoraho yagiranye namwe. Nahamaze iminsi mirongo ine n’amajoro mirongo ine, ntarya ntanywa.

10 Uhoraho ampa ibisate bibiri by’amabuye yanditseho Amategeko yose yari yababwiye ari mu muriro, cya gihe mwari mwakoraniye munsi w’uwo musozi. Yari yayandikishije urutoki rwe.

11 Nyuma y’iyo minsi mirongo ine n’amajoro mirongo ine, ni bwo Uhoraho yampaye ibyo bisate by’amabuye.

12 Uhoraho arambwira ati: “Gira vuba umanuke, kuko abantu bawe wakuye mu Misiri bacumuye bikomeye, ntibatinze guteshuka inzira nabategetse, biremera ikigirwamana.

13 Ndabona bariya bantu ari ibyigomeke,

14 reka mbarimbure be kuzongera kwibukwa ukundi, naho wowe nzakugira sekuruza w’ubwoko bubaruta ubwinshi bubarusha n’amaboko.”

15 Nuko mperako manuka uwo musozi wakaga umuriro, ntwaye mu maboko ibyo bisate byombi by’amabuye byanditseho Amategeko agenga Isezerano.

16 Nsanga mwaracumuye ku Uhoraho Imana yanyu, ntimwatinda guteshuka inzira yabategetse, mwicurira ishusho y’ikimasa.

17 Nuko ntura hasi bya bisate byombi, birajanjagurika mubyirebera.

18 Ibicumuro byanyu byose n’ibibi mwakoze byarakaje Uhoraho, maze nikubita hasi mara indi minsi mirongo ine n’amajoro mirongo ine ntarya ntanywa, nsenga Uhoraho.

19 Natinyaga ko yabarimbura kubera uburakari n’umujinya mwamuteye, ariko Uhoraho yongera kumva gusenga kwanjye.

20 Nasengeye na Aroni kuko Uhoraho yari yamurakariye cyane agashaka kumwica.

21 Mfata iyo shusho y’ikimasa mwaremye kubera icyaha, ndayitwika ndayijanjagura, ndayisya ihinduka ifu, iyo fu nyijugunya mu kagezi kamanuka kuri wa musozi.

22 Mwanarakarije Uhoraho i Tabera n’i Masa n’i Kiburoti-Hatāva.

23 Ndetse n’igihe mwari i Kadeshi-Barineya, Uhoraho Imana yanyu akabohereza kwigarurira igihugu yabahaye, mwaramugomeye ntimwamugirira icyizere ngo mumwumvire.

24 Kuva nabamenya nta gihe mutagomeye Uhoraho.

25 Igihe Uhoraho yari agiye kubarimbura nkamwikubita imbere nkamara iminsi mirongo ine n’amajoro mirongo ine nsenga,

26 naramutakambiye nti: “Nyagasani Uhoraho, nturimbure ubwoko bwawe kuko ari umwihariko wawe wacunguye ku buryo butangaje, ukabakuza mu Misiri ububasha bukomeye.

27 Ibuka abagaragu bawe Aburahamu na Izaki na Yakobo, wirengagize kutava ku izima kw’Abisiraheli, n’ubugome bwabo n’ibyaha byabo.

28 Wituma Abanyamisiri bibwira ko wananiwe kugeza Abisiraheli mu gihugu wabasezeranyije, cyangwa ko ubanga ukaba warabazaniye kubicira mu butayu.

29 Koko rero, ni ubwoko bwawe bw’umwihariko wakuje mu Misiri imbaraga nyinshi n’ububasha bukomeye!”

Categories
Ivugururamategeko

Ivugururamategeko 10

Uhoraho yongera guha Musa ibisate byanditseho amategeko

1 Uhoraho arambwira ati: “Ubāze ibisate bibiri by’amabuye bimeze nk’ibya mbere, ubāze n’Isanduku mu mbaho, nurangiza uzazamuke unsange kuri uyu musozi.

2 Nzandika kuri ibyo bisate amagambo yari ku bya mbere wamennye, maze ubishyire muri iyo Sanduku.”

3 Nuko mbāza Isanduku mu mbaho z’iminyinya, mbāza n’ibisate bibiri by’amabuye bimeze nk’ibya mbere, maze nzamuka uwo musozi njyanye ibyo bisate.

4 Uhoraho abyandikaho amagambo yari yanditse ku bya mbere ari yo Mategeko icumi yari yababwiye ari mu muriro, cya gihe mwari mwakoraniye munsi y’uwo musozi. Uhoraho arabimpa,

5 ndamanuka mbishyira mu Isanduku nabāje nk’uko Uhoraho yabintegetse. Na n’ubu biracyarimo.

6 Hashize igihe kirekire Abisiraheli bavuye ku mariba y’i Bene-Yākani bagera i Mosera, Aroni arapfa barahamuhamba. Umuhungu we Eleyazari amusimbura ku murimo w’ubutambyi.

7 Bahavuye bajya i Gudigoda, barakomeza bagera i Yotibata mu karere k’utugezi twinshi.

8 Tukiri ku musozi wa Horebu, Uhoraho atoranya ab’umuryango wa Levi ngo bajye bamuhekera Isanduku y’Isezerano, bamukorere n’umurimo w’ubutambyi, basabire n’abantu umugisha. Iyo mirimo n’ubu baracyayikora.

9 Ngicyo igituma Abalevi batagira umugabane na gakondo kimwe n’abandi Bisiraheli. Uhoraho Imana yanyu ni we mugabane wabo nk’uko yabibabwiye.

10 Muri ya minsi mirongo ine n’amajoro mirongo ine namaze kuri wa musozi ubwa kabiri, Uhoraho yongeye kumva gusenga kwanjye ntiyabarimbura.

11 Nuko arambwira ati: “Haguruka ugende, uyobore Abisiraheli bajye kwigarurira igihugu narahiriye ba sekuruza.”

Ibyo Imana ishaka ku bantu bayo

12 Noneho Bisiraheli, ni iki Uhoraho Imana yanyu abashakaho? Ni ukumwubaha no kugenza uko ashaka, no kumukunda no kumukorera n’umutima wanyu wose n’ubushobozi bwanyu bwose,

13 no kubahiriza amabwiriza n’amateka ye mbashyikirije uyu munsi, kugira ngo mugubwe neza.

14 Uhoraho Imana yanyu ni we nyir’ikirere, n’ijuru n’isi n’ibiyirimo byose.

15 Nyamara yatonesheje ba sokuruza arabakunda, namwe ababakomotseho abatoranya mu mahanga yose, nk’uko bimeze na n’ubu.

16 Mwiyegurire Uhoraho burundu, mureke kwigomeka.

17 Uhoraho Imana yanyu ni Imana irusha izindi zose gukomera, ni Umwami ugenga abami bose, ni Imana ikomeye y’imbaraga nyinshi ifite igitinyiro. Ifata abantu bose kimwe kandi ntigurirwa.

18 Irenganura impfubyi n’abapfakazi, ikunda n’abatari mu gihugu cyabo ikabatunga kandi ikabambika.

19 Namwe rero mujye mukunda abanyamahanga batuye muri mwe, kuko namwe mwahoze muri abanyamahanga mu Misiri.

20 Mujye mwubaha Uhoraho Imana yanyu, mumuyoboke mubane na we akaramata, abe ari we wenyine murahira.

21 Mujye mumusingiza wenyine, kuko ari we Mana yanyu, kandi mwiboneye ibitangaza biteye ubwoba yabakoreye.

22 Ba sokuruza basuhukiye mu Misiri ari abantu mirongo irindwi gusa, ariko Uhoraho Imana yanyu yarabagwije, none muranganya ubwinshi n’inyenyeri zo ku ijuru.