Categories
Imigani

Imigani 11

1 Abibisha iminzani Uhoraho arabarwanya,

abakoresha ibipimo bishyitse bo arabakunda.

2 Ubwirasi butuma umuntu asuzugurwa,

kwicisha bugufi ni ko kugira ubwenge.

3 Indakemwa zirangwa n’umurava,

indyarya zo zizatsembwa n’ububi bwazo.

4 Ubukungu bw’umuntu ntibuzamurokora ku Munsi w’uburakari bw’Uhoraho,

nyamara ubutabera burinda umuntu urupfu.

5 Ubutungane bw’umuntu buboneza imigenzereze ye,

nyamara inkozi y’ibibi yicwa n’ubugome bwayo.

6 Indakemwa zikizwa n’ubutungane bwazo,

nyamara indyarya zigwa mu mutego w’irari ryazo.

7 Iyo inkozi y’ibibi ipfuye ibyiringiro byayo birayoyoka,

icyizere yari ifitiye ubukungu na cyo kirayoyoka.

8 Intungane irindwa amakuba,

nyamara inkozi y’ibibi iyagwamo.

9 Amagambo y’umugome arimbura mugenzi we,

nyamara ubushishozi bw’intungane burazirokora.

10 Iyo intungane ziguwe neza umujyi urishima,

inkozi z’ibibi zapfa impundu zikavuga.

11 Umugisha w’indakemwa uhesha umujyi ikuzo,

nyamara amagambo y’inkozi y’ibibi arawusenya.

12 Usuzugura mugenzi we aba ari umunyabwengebuke,

naho umuntu ushishoza aricecekera.

13 Umuntu w’inzimuzi amena amabanga,

naho umwizerwa ayabika ku mutima.

14 Iyo nta butegetsi buriho rubanda barahagwa,

ugutsinda kwabo gukeshwa abajyanama benshi.

15 Kwishingira uwo utazi bibyara akaga,

ubyirinda agira amahoro.

16 Umugore w’umunyamutima arubahwa,

naho abanyamaboko ni bo bishakira ubukungu.

17 Ugira impuhwe aba yigirira neza,

naho umunyamwaga yikururira amakuba.

18 Ibihembo by’inkozi y’ibibi biyikoza isoni,

nyamara uharanira ubutabera azagororerwa.

19 Umuntu uharanira ubutungane azarama,

naho uwiyemeza gukora ibibi azarimbuka.

20 Abantu b’umutima mubi ni ikizira ku Uhoraho,

nyamara indakemwa ziramunezeza.

21 Nta kabuza abagome bazahanwa,

nyamara intungane zo zizarokoka.

22 Uburanga bw’umugore utagira umutima ni impfabusa,

bumeze nk’impeta y’izahabu ku bizuru by’ingurube.

23 Intungane zihora ziharanira icyiza,

naho abagizi ba nabi bikururira uburakari bw’Imana.

24 Utanga atitangiriye itama arunguka,

nyamara umunyabugugu yikururira ubukene.

25 Umunyabuntu azongererwa,

umara abandi inyota azayimarwa.

26 Uwimana umusaruro rubanda baramuvuma,

nyamara uwubagurisha bamwifuriza umugisha.

27 Uharanira ibyiza ashaka gushimwa,

ushaka ibibi ni byo bimugeraho.

28 Uwiringira ubukire azarimbuka,

nyamara intungane zirasangamba.

29 Utera impagarara iwe azasarura umuyaga,

umupfapfa azahakwa n’umunyabwenge.

30 Ibikorwa by’intungane ni isōko y’ubugingo,

umunyabwenge arangamirwa na rubanda.

31 Ku isi intungane ziragororerwa,

bizagendekera bite abagome n’abanyabyaha?

Categories
Imigani

Imigani 12

1 Uwemera gukosorwa aba akunda ubwenge,

uwanga gucyahwa ni umupfapfa.

2 Umugwaneza ashimwa n’Uhoraho,

nyamara Uhoraho yamagana inkozi z’ibibi.

3 Ubugome ntibutanga umutekano,

nyamara intungane ntizahungabana.

4 Umugore w’ingeso nziza ni ikamba ry’umugabo we,

nyamara ukoza isoni ni nk’ikimungu mu magufwa ye.

5 Ibitekerezo by’intungane biraboneye,

imigambi y’inkozi z’ibibi ni uburiganya.

6 Amagambo y’inkozi z’ibibi aricisha,

nyamara amagambo y’intungane arakiza.

7 Inkozi z’ibibi zirimburwa buheriheri,

nyamara umuryango w’intungane ntuzahungabana.

8 Umuntu ushyira mu gaciro arabishimirwa,

naho umunyabwengebuke arasuzugurwa.

9 Kuba uworoheje wifashije ni byiza,

ni byiza kuruta uwikuza atagira ikimutunga.

10 Intungane yita no ku matungo yayo,

naho ibikorwa by’inkozi z’ibibi byuzuye ubugome.

11 Uhinga isambu ye agira ibimutunga bihagije,

nyamara uwiruka ku bitagira umumaro ni umunyabwengebuke.

12 Inkozi y’ibibi irarikira imigenzereze y’ababi,

naho intungane ntihindagurika.

13 Umugome agwa mu mutego w’ibyo avuga,

nyamara intungane yivana mu makuba.

14 Imvugo nziza ituma nyirayo agubwa neza,

igihembo cye gishingira ku bikorwa bye.

15 Umupfapfa yiringira imigenzereze ye,

nyamara umunyabwenge we akurikiza inama agirwa.

16 Umupfapfa ntatinda kugaragaza uburakari bwe,

nyamara ushishoza aratukwa akabirenzaho.

17 Uvuga ukuri ashyigikira ubutabera,

naho umushinjabinyoma arabeshya.

18 Amagambo y’amahomvu akomeretsa nk’inkota,

naho imvugo y’abanyabwenge iromora.

19 Ijambo ry’ukuri riraramba,

naho ikinyoma ntigitinda.

20 Inkozi z’ibibi zuzuye uburiganya,

nyamara abaharanira amahoro baranezerwa.

21 Nta cyago kizagera ku ntungane,

nyamara inkozi z’ibibi zugarijwe n’amakuba.

22 Ibinyoma ni ikizira ku Uhoraho,

Uhoraho anezezwa n’abanyakuri.

23 Umuntu ushishoza ntarata ubuhanga bwe,

nyamara abapfapfa bagaragaza ubupfapfa bwabo.

24 Umurimo uhesha umuntu agaciro,

naho ubunebwe bumuhindura inkoreragahato.

25 Umutima usobetse amaganya utuma umuntu yiheba,

nyamara ijambo ryiza riramunezeza.

26 Intungane iyobora abandi inzira iboneye,

nyamara imigenzereze y’inkozi z’ibibi irabayobya.

27 Umunebwe ntagera ku cyo yiyemeje,

nyamara umunyamwete yigirira akamaro.

28 Imigenzereze y’intungane igeza ku bugingo,

uyikurikiza imurinda urupfu.

Categories
Imigani

Imigani 13

1 Umwana w’umunyabwenge akurikiza inama za se,

naho uw’umunyagasuzuguro ntiyemera gukosorwa.

2 Imvugo nziza y’umuntu imuhaza ibyiza,

naho umugambanyi ahora ararikiye kugira nabi.

3 Uwirinda mu byo avuga aba arinze ubugingo bwe,

naho uvuga menshi ararimbuka.

4 Umunebwe arararikira ntagire icyo ageraho,

nyamara umunyamwete agera ku cyo yifuza.

5 Intungane izirana n’ibinyoma,

nyamara inkozi y’ibibi ikoza isoni.

6 Ubutungane burinda indakemwa,

icyaha cyo gitera inkozi z’ibibi kurimbuka.

7 Hariho uwigira umukire nta cyo atunze,

hariho n’uwigira umukene atunze ibya Mirenge.

8 Ubukire bw’umuntu buramurengera,

nyamara umukene ntagira icyo yikanga.

9 Intungane zimera nk’urumuri rumurika cyane,

naho abagome bameze nk’itara rizimye.

10 Umwirasi akurura intonganya gusa,

nyamara ubwenge bugirwa n’abemera kugirwa inama.

11 Ubukire bwa huti huti mu buryo bubi burayoyoka,

nyamara uburundanyijwe buhoro buhoro buriyongera.

12 Icyizere kiburiyemo gishavuza umutima,

naho icyifuzo cyujujwe ni isōko y’ubugingo.

13 Uhinyura inama agirwa azarimbuka,

nyamara uwubahiriza amabwiriza azagororerwa.

14 Inyigisho z’umunyabwenge ni isōko y’ubugingo,

zirinda umuntu imitego y’urupfu.

15 Umuntu ushyira mu gaciro arubahwa,

nyamara inkozi z’ibibi ntizirama.

16 Umuntu ushishoza akora ibyo yatekereje,

naho umupfapfa agaragaza ubupfapfa bwe.

17 Intumwa gito itera amakuba,

nyamara intumwa idatenguha itera kugubwa neza.

18 Uwanga guhanwa yikururira ubukene n’ikimwaro,

nyamara uwemera gucyahwa arubahwa.

19 Icyifuzo cyujujwe kinezeza umutima,

nyamara abapfapfa bazirana no kureka ibibi.

20 Kugendana n’abanyabwenge byigisha ubwenge,

kubana n’abapfapfa bigira ingaruka mbi.

21 Ibibi bikurikirana abanyabyaha,

naho intungane zigororerwa ibyiza.

22 Umuntu ugwa neza asigira umurage abazamukomokaho,

nyamara umutungo w’abanyabyaha ubikirwa intungane.

23 Imirima y’abakene yera umusaruro utubutse,

nyamara hari abakeneshwa n’akarengane.

24 Udahana umwana we ntaba amukunda,

nyamara ukunda umwana we aramucyaha.

25 Intungane irarya igahaga,

naho inkozi z’ibibi ntizihaga.

Categories
Imigani

Imigani 14

1 Umugore w’umunyabwenge yubaka urugo rwe,

nyamara umupfapfa ararusenya.

2 Intungane yubaha Uhoraho,

naho inkozi y’ibibi iramusuzugura.

3 Amagambo y’umupfapfa arimo ubwirasi,

nyamara imvugo y’abanyabwenge irabarengera.

4 Ahatari ibimasa bihinga, ibigega bibamo ubusa,

nyamara imbaraga z’ibimasa zongera umusaruro.

5 Umuhamya w’ukuri ntabeshya,

naho umushinjabinyoma arabeshya.

6 Umwirasi ashaka ubwenge ntabubone,

nyamara kugira ubwenge byorohera ushishoza.

7 Jya wirinda umupfapfa,

umwirinde kuko nta cyo yakungura.

8 Ubwenge bw’ushishoza butuma agenzura imigenzereze ye,

nyamara ubupfu bw’abapfapfa ni ibinyoma.

9 Abapfapfa ntibababazwa n’ibyaha byabo,

nyamara indakemwa zishimira kubibabarirwa.

10 Buri muntu yimenyera umubabaro we n’umunezero we,

nta wundi muntu bashobora kubifatanya.

11 Inzu y’abagome izatsembwaho,

nyamara urugo rw’intungane ruzasagamba.

12 Haba ubwo umuntu ashima imigenzereze ye,

nyamara amaherezo imujyana mu rupfu.

13 Haba ubwo umuntu aseka ababaye,

nyamara amaherezo yabyo ni ugushavura.

14 Inkozi y’ibibi isarura ibihwanye n’imigirire yayo,

naho umugiraneza agashimirwa ibikorwa bye.

15 Umunyabwengebuke yemera ikivuzwe cyose,

nyamara ushishoza abanza kugenzura.

16 Umunyabwenge yirinda ibibi akabyamagana,

naho umupfapfa abyirohamo adashishoje.

17 Umuntu urakazwa n’ubusa ni umupfapfa,

nyamara indyarya yikururira ubwanzi.

18 Umurage w’umunyabwengebuke ni ubupfapfa,

naho ikamba ry’abashishoza ni ubuhanga.

19 Abantu babi bazapfukamira abeza,

abagizi ba nabi bazikubita imbere y’intungane.

20 Umukene baramwanga uhereye ku muturanyi we,

nyamara umukire agira incuti nyinshi.

21 Usuzugura umuturanyi we ni umunyamakosa,

hahirwa ugirira impuhwe abatishoboye.

22 Abagambirira ibibi baba bayobye,

naho abagambirira ibyiza barangwa n’urukundo n’ukwizera.

23 Umurimo wose uvunanye ugira akamaro,

naho amagambo atagira ibikorwa atera ubukene.

24 Ubukire bw’abanyabwenge ni ryo kamba ryabo,

nyamara ubupfapfa ni wo mutako w’abapfapfa.

25 Uhamya ukuri akiza ubuzima bw’abantu,

naho umushinjabinyoma arabeshya.

26 Uwubaha Uhoraho agira umutekano,

bityo urubyaro rwe ruzamuhungiraho.

27 Kubaha Uhoraho ni isōko y’ubugingo

birinda umuntu imitego y’urupfu.

28 Ubwinshi bw’abaturage buhesha umwami ikuzo,

nyamara ubuke bwabo bumutesha agaciro.

29 Umuntu udapfa kurakara afite ubushishozi buhagije,

naho urakazwa n’ubusa agaragaza ubupfapfa bwe.

30 Umutima utuje uranga ubuzima bwiza,

naho ishyari ni nk’ikimungu mu magufwa.

31 Ukandamiza umukene aba atukisha Umuremyi,

nyamara ugirira impuhwe utishoboye ahesha Umuremyi ikuzo.

32 Umugizi wa nabi arimburwa n’uburiganya bwe,

naho intungane irokoka urupfu.

33 Ubwenge bugirwa n’abantu bashishoza,

nyamara abapfapfa ntibagira ubwenge.

34 Ubutungane bw’abatuye igihugu butuma gisagamba,

naho icyaha gikoza isoni abantu bose.

35 Umugaragu w’umunyabwenge atoneshwa n’umwami,

nyamara umugaragu w’urukozasoni aramurakaza.

Categories
Imigani

Imigani 15

1 Igisubizo cyiza gicubya uburakari,

naho ijambo risesereza ribyutsa umujinya.

2 Imvugo y’abanyabwenge ituma ubuhanga bukundwa,

nyamara imvugo y’abapfapfa igaragaza ubupfapfa.

3 Amaso y’Uhoraho areba hose,

yitegereza imigenzereze y’ababi n’abeza.

4 Imvugo igusha neza ni isōko y’ubugingo,

nyamara imvugo mbi irakomeretsa.

5 Umupfapfa ahinyura inama agirwa na se,

nyamara uwemera guhanwa ni umunyabwenge!

6 Urugo rw’intungane ruhorana umutungo mwinshi,

naho inyungu z’umugome zimutera ibyago.

7 Imvugo y’abanyabwenge ikwiza ubumenyi,

nyamara ku bapfapfa si ko biri.

8 Imigenzereze y’inkozi z’ibibi ni ikizira ku Uhoraho,

nyamara isengesho ry’intungane riramunezeza.

9 Imigenzereze y’inkozi z’ibibi ni ikizira ku Uhoraho,

nyamara akunda abaharanira ubutungane.

10 Ukora nabi azahanwa bikomeye,

naho uwanga gucyahwa azapfa.

11 Ibiri ikuzimu ntibyihisha Uhoraho,

ese yayoberwa ate ibiri mu mitima y’abantu?

12 Umwirasi ntakunda gucyahwa,

yirinda kwegera abanyabwenge.

13 Umunezero utera umuntu gucya mu maso,

naho ishavu riramukomeretsa.

14 Umuntu ushyira mu gaciro ashaka ubumenyi,

nyamara umupfapfa yishimira ubupfapfa.

15 Iminsi y’umunyamibabaro ihora ari mibi,

nyamara umutima unyuzwe uhora unezerewe.

16 Uduke twubahishije Uhoraho ni ingirakamaro,

turuta ibyinshi birimo umuvurungano.

17 Imboga zigaburanywe urukundo,

ziruta inyama zigaburanywe urwango.

18 Umunyamujinya abyutsa impaka,

nyamara ucisha make acubya intonganya.

19 Umunyabute ahorana ingorane,

nyamara intungane nta cyo yikanga.

20 Umwana w’umunyabwenge anezeza se,

nyamara umupfapfa asuzugura nyina.

21 Umunyabwengebuke yishimira ubupfapfa bwe,

nyamara umuntu ushishoza aboneza imigenzereze ye.

22 Ahabuze inama imishinga iradindira,

nyamara ijya mbere ibikesha abajyanama benshi.

23 Umuntu anezezwa n’igisubizo cyiza atanze,

ijambo ryiza rivugiwe igihe riranezeza.

24 Imigenzereze y’umunyabwenge igeza ku bugingo,

imigenzereze ye imurinda urupfu.

25 Uhoraho asenya urugo rw’umwirasi,

nyamara arinda isambu y’umupfapfakazi.

26 Imigambi y’inkozi z’ibibi ni ikizira ku Uhoraho,

nyamara amagambo aboneye aramunezeza.

27 Urarikira inyungu ikabije ahangayikisha urugo,

nyamara uwanga ruswa azarama.

28 Intungane ibanza gutekereza mbere yo gusubiza,

nyamara inkozi z’ibibi zivuga ibibi.

29 Uhoraho yitarura abagome,

nyamara yumva isengesho ry’intungane.

30 Kurebwa neza biranezeza,

inkuru nziza itera kugubwa neza.

31 Uwemera inama zubaka abarwa mu banyabwenge.

32 Uhinyura inama agirwa aba yisuzuguye ubwe,

nyamara uwemera gucyahwa yunguka ubwenge.

33 Kubaha Uhoraho byigisha umuntu ubwenge,

kwicisha bugufi bibanziriza icyubahiro.

Categories
Imigani

Imigani 16

Kubahiriza Uhoraho mu mibereho ya buri munsi

1 Umuntu agena imigambi,

nyamara Uhoraho ni we uyisohoza.

2 Imigenzereze yose y’umuntu imubera myiza,

nyamara Uhoraho ni we uyigenzura.

3 Egurira Uhoraho ibikorwa byawe byose,

bityo imigambi yawe izatungana.

4 Ikiremwa cyose Uhoraho yakigeneye iherezo,

amaherezo y’abagizi ba nabi ni ukurimbuka.

5 Umunyagasuzuguro ni ikizira ku Uhoraho,

koko rero azahanwa nta kabuza.

6 Ahari urukundo n’umurava icyaha kirababarirwa,

uwubaha Uhoraho yirinda ikibi.

7 Imigenzereze myiza y’umuntu inezeza Uhoraho,

bityo abanzi be bahinduka incuti ze.

8 Ibike birimo ubutungane bigira akamaro,

bigira akamaro kuruta byinshi by’amahugu.

9 Umuntu ateganya ibyo azakora,

nyamara Uhoraho ni we ubisohoza.

Ibyerekeye abami

10 Umwami avuga ibivuye ku Mana,

imvugo ye ntigoreka imanza.

11 Uhoraho ashimishwa n’iminzani itunganye,

ni we ugena imikoreshereze nyakuri yayo.

12 Gukora ikibi ni ikizira ku mwami,

ubutegetsi bwe bushingira ku butabera.

13 Umwami atonesha abavuga ukuri,

akunda umuntu utaryarya.

14 Uburakari bw’umwami ni nk’intumwa y’urupfu,

nyamara umunyabwenge arabuhosha.

15 Iyo umwami acyeye mu maso ni ikimenyetso cy’ubuzima,

ineza ye ni nk’igicu kirese imvura y’umuhindo.

Imibereho mbonezamubano

16 Kuronka ubwenge biruta kugira izahabu,

kuronka ubumenyi biruta gutunga ifeza.

17 Imigenzereze y’intungane ni ukuzibukira ikibi,

urinda imigenzereze ye akiza ubugingo bwe.

18 Agasuzuguro kaganisha ku ukurimbuka,

naho ubwirasi buganisha ku rupfu.

19 Ni byiza kwicisha bugufi no kubana n’abakene,

aho kugabana iminyago n’abirasi.

20 Uwita ku mabwiriza y’Uhoraho azatunganirwa,

hahirwa umuntu umwiringira.

21 Ushyira mu gaciro ni umuhanga,

naho amagambo meza yongera ubumenyi.

22 Ubwenge bubera nyirabwo isōko y’ubugingo,

nyamara igihano cy’umupfapfa ni ubupfapfa bwe.

23 Umunyabwenge abanza gutekereza mbere yo kuvuga,

amagambo ye amwongerera ubumenyi.

24 Amagambo meza aryohera nk’ubuki,

anezeza umutima, umubiri ukagubwa neza.

25 Haba ubwo umuntu ashima imigenzereze ye,

nyamara amaherezo imujyana mu rupfu.

26 Inzara yigisha umuntu gukora cyane,

akora cyane kugira ngo yimare ipfa.

27 Umuntu w’imburamumaro agambirira ibibi,

imvugo ye ni nk’umuriro ukongora.

28 Umuntu w’indyarya ateza impagarara,

naho umunyamagambo atanya incuti.

29 Umunyarugomo ashuka umuturanyi we,

aramushuka akamunyuza mu nzira mbi.

30 Uwubika ingohe aba agambiriye ikibi,

uhekenya amenyo asohoza imigambi mibi.

31 Imvi ni ikamba ry’icyubahiro,

riba iry’icyubahiro iyo rikeshwa ubutungane.

32 Utinda kurakara arusha intwari akamaro,

ugenga imigenzereze ye arusha akamaro uwigarurira umujyi.

33 Hariho abafindira kumenya icyo bakora,

nyamara Uhoraho ni we ugena ibisubizo.

Categories
Imigani

Imigani 17

1 Ni byiza kurya indyo ya gikene mu mahoro,

aho kuba mu rugo rukize rwuzuye amahane.

2 Umugaragu ushishoza azategeka umwana w’urukozasoni wa shebuja,

azahabwa umunani hamwe n’abandi bana.

3 Ifeza n’izahabu bigaragazwa n’umuriro,

nyamara ibitekerezo by’umuntu bisuzumwa n’Uhoraho.

4 Inkozi y’ibibi ishishikazwa n’imigambi mibi,

umubeshyi ashimishwa n’amagambo y’uburiganya.

5 Ukwena umukene aba atuka Umuremyi,

uwishimira amakuba y’undi ntazabura guhanwa.

6 Ikamba ry’abasaza ni abuzukuru babo,

icyubahiro cy’abana ni ababyeyi babo.

7 Imvugo itunganye ntiyizihira umupfapfa,

birushaho kuba bibi ku mutegetsi ubeshya.

8 Ruswa ni nk’ibuye ry’agaciro ku uyitanga,

yizera ko izatuma agera ku cyo yifuza.

9 Ushaka umubano yirengagiza amakosa,

nyamara kuyazikura bitanya incuti.

10 Gucyaha umunyabwenge bimugirira akamaro,

kuruta uko byakagirira umupfapfa ukubiswe inkoni ijana.

11 Inkozi y’ibibi ihora ishaka kugoma,

bityo intumwa kirimbuzi izamurwanya.

12 Guhura n’ikirura cyabuze ibyana byacyo,

biruta guhura n’umupfapfa mu bupfapfa bwe.

13 Uwitura inabi ineza yagiriwe, ikibi ntikizamuvirira.

14 Gusembura impaka ni nko kugomorora ikidendezi cy’amazi,

ujye ukuramo akawe karenge intonganya zitaravuka.

15 Kurengera inkozi y’ibibi ukarenganya intungane ni ikizira,

byombi ni ikizira ku Uhoraho.

16 Umupfapfa byamumarira iki kugira amafaranga,

se yagura ubwenge kandi ari igipfamutima?

17 Incuti nyakuri ni ihorana urukundo,

naho umuvandimwe aberaho kugoboka mu byago.

18 Umupfapfa yishingira imyenda y’undi,

yishingira amasezerano y’umuturanyi we.

19 Uteza imvururu aba ashyigikiye icyaha,

uwirata yikururira kurimbuka.

20 Indyarya yivutsa amahirwe,

naho nyir’ikirimi kibi yikururira amakuba.

21 Kubyara umwana w’ikigoryi bitera agahinda,

naho se w’umupfapfa ntajya anezerwa.

22 Umutima unezerewe utera kugubwa neza,

naho umutima ushavuye utera kunanuka.

23 Umugizi wa nabi yakira ruswa mu ibanga,

ayakirira kugira ngo agoreke imanza.

24 Ushyira mu gaciro akorana ubwenge,

nyamara umupfapfa ahorana uburangare.

25 Umwana w’umupfapfa ashavuza se,

umwana w’ikigoryi atera nyina agahinda.

26 Guhana intungane biragayitse,

gukubita indakemwa byo birakabije.

27 Uwifata mu byo avuga agaragaza ubumenyi,

umuntu udahubuka agaragaza ubuhanga.

28 Umupfapfa ucecetse bagira ngo ni umunyabwenge,

yakwifata ntavuge bakagira ngo afite ubushishozi.

Categories
Imigani

Imigani 18

1 Uwishakira inyungu ze bwite yitandukanya n’abandi,

ntiyemera ukuri k’undi muntu wese.

2 Gushyira mu gaciro ntibinezeza umupfapfa,

nyamara anezezwa no kugaragaza ibitekerezo bye bwite.

3 Ubukozi bw’ibibi n’umugayo ntibisigana,

isoni na zo ntizitana no gutesha agaciro.

4 Amagambo umuntu avuga agera kure nk’amazi y’inyanja,

avubura ubwenge nk’isōko y’amazi.

5 Gushyigikira inkozi y’ibibi biragayitse,

gutsindisha intungane na byo biragayitse.

6 Amagambo y’umupfapfa akurura impagarara,

ibyo avuga bisembura imirwano.

7 Imvugo y’umupfapfa imukururira urupfu,

amagambo ye amubera umutego.

8 Amagambo y’inzimuzi aryohera nk’indyo nziza,

acengera umuntu akagera ku mutima.

9 Unebwa ku murimo we ntaho ataniye n’umurimbuzi.

10 Uhoraho ni nk’umunara ntamenwa,

intungane zimuhungiraho zikagira umutekano.

11 Umutungo w’umukungu ni wo kigo cye ntamenwa,

yibwira ko ari wo rukuta ntamenwa rumurinda.

12 Ubwirasi bukururira umuntu urupfu,

kwiyoroshya bizanira umuntu icyubahiro.

13 Umuntu upfa gusubiza adasobanukiwe,

uwo yerekana ubucucu bwe kandi akikoza isoni.

14 Umurwayi ahumurizwa no kwihangana,

nyamara uwihebye ntahumurizwa.

15 Umuntu ushishoza yunguka ubumenyi,

abanyabwenge babushakashaka hose.

16 Gutanga impano byorohera uyitanga,

bimuhesha kugera ku bakomeye.

17 Ubanje kurega aboneka ko ari umunyakuri,

nyamara umuburanyi we yaza akamuvuguruza.

18 Hari ubwo abantu bakomeye bananiranwa mu mpaka,

iyo bakoresheje ubufindo burabakiranura.

19 Kurura uwagiriwe nabi n’umuvandimwe bikomeye kuruta umujyi ntamenwa,

intonganya zabo zikomeye nk’ibyuma bikinze amarembo y’umujyi ntamenwa.

20 Imvugo nziza ibeshaho nyirayo,

amagambo ye ni yo akesha ibimutunga.

21 Imvugo y’umuntu imubera isōko y’ubuzima cyangwa urupfu,

ibyo avuga ni byo bimugaruka.

22 Ubonye umugore w’ingeso nziza aba afite umugisha,

ayo ni amahirwe akesha Uhoraho.

23 Imvugo y’umukene irangwa n’ubwitonzi,

nyamara umukire asubizanya umwaga.

24 Incuti nyinshi zirasenya,

nyamara hariho incuti iruta umuvandimwe.

Categories
Imigani

Imigani 19

1 Kuba umukene witwara nk’intungane ni byiza,

ni byiza kuruta umuntu w’umupfapfa akaba n’indyarya.

2 Nta cyo bimaze kugira ubuhanga udafite umwete,

nta cyo bimaze guhubuka ugateshuka inzira.

3 Ubupfapfa bw’umuntu bumushyira mu kaga,

nyamara arahindukira agatuka Imana.

4 Ubukire buzana incuti nyinshi,

nyamara incuti z’umukene ziramutererana.

5 Umushinjabinyoma azahanwa nta kabuza,

umubeshyi na we ntazidegembya.

6 Abantu benshi bikundisha ku muntu ukomeye,

buri muntu aba incuti y’ufite ibyo atanga.

7 Abavandimwe b’umukene ntibamwitaho,

incuti na zo ziramwitaza,

yifuza kuvugana na zo zikamwima amatwi.

8 Ushyira mu gaciro akiza ubugingo bwe,

uharanira ubushishozi azagubwa neza.

9 Umushinjabinyoma azahanwa nta kabuza,

umubeshyi na we azarimbuka.

10 Umupfapfa ntakwiye kwibera mu iraha,

inkoreragahato na zo ntizigategeke ba shebuja.

11 Umuntu ushyira mu gaciro atsinda uburakari,

aheshwa ikuzo no kwihanganira inabi yagiriwe.

12 Uburakari bw’umwami ni nk’umutontomo w’intare,

nyamara ineza ye ni nk’ikime gitonze ku byatsi.

13 Umwana w’umupfapfa ashyira se mu kaga,

umugore uhorana intonganya ni nk’igitonyanga kidatuza.

14 Urugo n’ubutunzi umuntu abiragwa n’ababyeyi,

naho umugore w’umunyamutima amuhabwa n’Uhoraho.

15 Ubunebwe butera gusinzira ubuticura,

umunyamwetemuke ahorana inzara.

16 Uwubahiriza amabwiriza akiza ubugingo bwe,

nyamara utita ku migenzereze ye azarimbuka.

17 Uhaye umukene aba agurije Uhoraho,

Uhoraho azabimwitura.

18 Hana umwana bigishoboka ko akosorwa,

nyamara ntukamuhanire kumwica.

19 Urakara bikabije azabihanirwa,

nushaka kumukosora azarushaho.

20 Jya ukurikiza inama ugirwa wemere no kwigishwa,

bityo uzaba umunyabwenge.

21 Umuntu agambirira byinshi,

nyamara icyo Uhoraho ashaka ni cyo gikorwa.

22 Icyo umuntu ashakwaho ni ubutungane,

kuba umukene biruta kuba umubeshyi.

23 Kubaha Uhoraho bigeza ku bugingo,

umwubaha azanezerwa ntazagira akaga.

24 Umunebwe ashora akaboko ku mbehe,

nyamara akananirwa kwitamika.

25 Iyo uhannye umukobanyi, umupfapfa yigiraho gushishoza,

iyo ucyashye umuhanga arushaho kujijuka.

26 Umwana ujujubya se, akamenesha nyina ni urukozasoni.

27 Mwana wanjye, ntukareke kumva impanuro,

bityo uzahorana ubumenyi.

28 Umushinjabinyoma asuzuguza ubutabera,

naho imvugo y’inkozi z’ibibi ishyigikira ikibi.

29 Abakobanyi bateganyirijwe ibihano,

abapfapfa bateganyirizwa gukubitwa inkoni.

Categories
Imigani

Imigani 20

1 Divayi itera umuntu ubupfapfa,

inzoga zitera ubukubaganyi,

usinda ntagira ubwenge.

2 Uburakari bw’umwami ni nk’umutontomo w’intare,

umurakaje aba yishyize mu kaga.

3 Kwirinda impaka bitera umuntu kubahwa,

nyamara umupfapfa azirohamo atitangiriye.

4 Imbeho itera umunyabute kurara ihinga,

ku mwero arasabiriza ntagire icyo abona.

5 Ibitekerezo by’umuntu bigera kure nk’amazi y’inyanja,

nyamara ushishoza abishyira ahagaragara.

6 Umuntu wese yivuga ameza,

nyamara umunyamurava ni nde wamubona?

7 Imigenzereze y’intungane ntigira amakemwa,

hahirwa abana be bazamukurikiza.

8 Umwami iyo yicaye mu ntebe ye y’ubutabera,

ikibi cyose aho kiri aragitahura.

9 Ni nde wakwigamba ko nta cyo umutima we umurega?

Ni nde wakwigamba ko nta cyaha agira?

10 Ibipimisho n’ingero bibeshya,

byombi ni ikizira ku Uhoraho.

11 Umwana amenyekanira mu bikorwa bye,

amenyekanira ku myifatire myiza kandi iboneye.

12 Amatwi yo kumva n’amaso yo kureba,

ibyo byombi byaremwe n’Uhoraho.

13 Ntugakunde ibitotsi utazaba umukene,

jya uhugukira umurimo uzabone ibyo kurya bihagije.

14 Umuguzi wese agira ati: “Ndahenzwe!”

Nyamara agera hanze akirya icyara!

15 Habaho izahabu nyinshi n’amabuye y’agaciro,

nyamara imvugo yuje ubuhanga irabiruta.

16 Niwishingira uwo utazi ufate umwitero we ho ingwate,

niwishingira umunyamahanga ube ari we ufataho ingwate.

17 Ibyokurya bibonetse mu buriganya biraryohera,

nyamara ingaruka yabyo ni nk’akanwa kuzuye umusenyi.

18 Imigambi ikomezwa n’inama nziza,

ujye ushoza urugamba ufite icyo ugambiriye.

19 Umunyamagambo amena amabanga,

jya wirinda umuntu uvuga menshi.

20 Umuntu usuzugura se cyangwa nyina ubuzima bwe buzayoyoka,

buzamera nk’itara rizimiye mu mwijima.

21 Umutungo ubonetse huti huti mu ntangiriro,

amaherezo uwo mutungo ntuhira nyirawo.

22 Ntukigambe uti: “Nzihōrera”,

ugirire Uhoraho icyizere azakugoboka!

23 Ibipimisho bibeshya ni ikizira ku Uhoraho,

iminzani yiba ntimushimisha.

24 Uhoraho yita ku mibereho y’umuntu,

nyamara yamenya ate aho ava n’aho ajya?

25 Gusezeranira Imana ituro utabikuye ku mutima ni ukwishyira mu kaga,

ntukajye utanga isezerano utatekerejeho.

26 Umwami w’umunyabwenge amenesha inkozi z’ibibi,

arazihana yihanukiriye.

27 Umwuka w’umuntu ni urumuri yahawe n’Uhoraho,

ni rwo rusesengura ibihishwe mu mutima.

28 Urukundo n’umurava birinda umwami,

bityo ingoma ye ishingira ku rukundo.

29 Imbaraga ni ikuzo ry’abasore,

naho imvi ni icyubahiro cy’abasheshe akanguhe.

30 Inguma ziryana ni umuti w’ubugome,

naho imibyimba y’inkoni iracengera igasukura umutima.