Categories
Imigani

Imigani 1

Intego y’iki gitabo

1 Iyi ni imigani ya Salomo mwene Dawidi, umwami wa Isiraheli.

2 Iyi migani igamije kumenyesha ubwenge n’imyifatire iboneye, n’ubuhanga n’ubushishozi.

3 Yigisha umuntu imyifatire iboneye ari bwo bwitonzi n’ukuri, n’ibyemezo Imana yafashe.

4 Abanyabwengebuke ibigisha ubwitonzi, naho abakiri bato ikabaha ubumenyi n’ubushishozi.

5 Umunyabwenge na we imwungura ubumenyi, naho umuhanga imwungura ubushishozi bwo kuyoborwa.

6 Bazasobanukirwa ibihishwe mu migani no mu marenga, no mu magambo y’inshoberamahanga by’abigisha ubwenge.

Inama igirwa urubyiruko

7 Kubaha Uhoraho ni ishingiro ry’ubumenyi n’ubwenge n’imyifatire iboneye, ariko abapfapfa bo barabihinyura.

8 Mwana wanjye, jya wumvira amabwiriza so aguha, kandi ntugasuzugure inama nyoko akugira.

9 Ibyo bizagushimisha nk’ikamba ku mutwe, cyangwa nk’urunigi mu ijosi.

10 Mwana wanjye, incuti mbi nizishaka kukuyobya ntukabyemere!

11 Nizikubwira ziti: “Ngwino tujyane duce igico twice abantu, ndetse duhohotere n’inzirakarengane tuzitunguye,

12 tubafate mpiri tubice, duhite tubahamba.

13 Tuzanyaga ibintu byinshi by’agaciro gakomeye, maze tubyuzuze amazu yacu.

14 Nawe uzagiramo umugabane, kuko twese tuzaba dufatanyije umutungo!”

15 Mwana wanjye, ntukagendane na bo, ujye wirinda uko ushoboye imigenzereze yabo,

16 kuko bagenzwa no gukora nabi bakihutira kuvusha amaraso.

17 Koko rero ibuye ryagaragaye ntiriba rikishe isuka!

18 Nyamara bo ubwabo ni bo bicira igico, ubuzima bwabo ni bwo bubikiriye.

19 Ni ko bigenda ku muntu wese ufite umururumba, amaherezo uwo mururumba wica nyirawo.

Imiburo ya Bwenge

20 Bwenge arahamagarira mu mayira, arangururiye ijwi ku karubanda.

21 Arahamagarira mu mihanda no mu marembo y’umujyi agira ati:

22 “Yemwe mwa banyabwengebuke mwe, muzahereza he gushimishwa n’ubwenge buke bwanyu. Abahinyuzi bazishimira guhinyura kugeza ryari? Naho se abapfapfa bazahereza he kwanga gusobanukirwa?

23 Nimwite ku miburo yanjye! Dore ndabagezaho ibyo ntekereza, mbamenyeshe amagambo yanjye.

24 Narabahamagaye mwica amatwi, narabagobotse nyamara ntimwanyitaho.

25 Mwahinyuye inama zanjye zose, ntimwita ku miburo yanjye.

26 Bityo rero nanjye nimugera mu kaga nzabakina ku mubyimba, nimugwirirwa n’icyago mbashungere.

27 Icyo cyago nikibageraho kimeze nk’inkubi y’umuyaga, nikibugariza kimeze nka serwakira, agahinda n’ubwihebe bizabugariza.

28 “Abo bantu bazantabaza ariko sinzabumva, bazanshaka ariko ntibazambona,

29 kubera ko banze gusobanukirwa ntibahitemo kubaha Uhoraho,

30 ntibite ku nama zanjye, bagasuzugura imiburo yanjye.

31 Ni cyo gituma bazabona ingaruka z’imigenzereze yabo mibi, bakurikiranwe n’imigambi yabo mibi.

32 Abanyabwengebuke bicwa n’ubucucu bwabo, naho abapfapfa bakazira ubuswa bwabo.

33 Nyamara unyumvira ahorana umutekano n’ituze, nta kibi yikanga.”

Categories
Imigani

Imigani 2

Ubwenge burinda gukora ikibi

1 Mwana wanjye, wite ku byo nkubwira, amabwiriza yanjye uyazirikane,

2 utege ugutwi inyigisho z’ubwenge kandi wihatire kuzisobanukirwa.

3 Witabaze ubwenge wiyambaze ubushishozi,

4 ushake ubwenge nk’ushaka ifeza, ubucukure nk’ucukura amabuye y’agaciro.

5 Ni bwo uzasobanukirwa icyo ari cyo kubaha Uhoraho, bityo uzabasha kumenya Imana.

6 Koko rero Uhoraho ni we utanga ubwenge, ni we utanga ubumenyi n’ubushishozi.

7 Ni we uha abanyamurava ishya n’ihirwe, ni we ngabo ikingira abantu b’indahemuka.

8 Agoboka abakurikiza ibyemezo afashe, ni na we urinda abayoboke be.

9 Ni bwo uzasobanukirwa ubutungane n’ukuri n’ubutabera, bityo uzamenya icyo ugomba gukora.

10 Ubwenge buzaguturamo, ubumenyi buzagutera ibyishimo.

11 Ubushishozi buzakurinda, ubuhanga buzakuyobora.

12 Bizakurinda imigenzereze mibi, bigutsindire abanyabinyoma,

13 bizakurinda abateshuka inzira iboneye, bakanyura inzira z’umwijima.

14 Banezezwa no gukora ibibi, bakishimira ibikorwa by’ubugome.

15 Barangwa n’uburyarya bagakora ibitaboneye.

16 Nugenza utyo uzirinda umugore w’indaya ugushukisha akarimi keza.

17 Ni umugore watandukanye n’umugabo we, akica isezerano yagiranye na we imbere y’Imana.

18 Ujya iwe aba yishyiriye urupfu, koko imigenzereze ye iganisha ikuzimu.

19 Ugiye iwe wese ntagaruka, ntiyongera kugira imigenzereze imuzanira ubugingo.

20 Wowe rero ujye ugenza nk’abantu baboneye, ukurikize imigenzereze y’intungane.

21 Koko rero, abantu b’indakemwa ni bo bazatura mu gihugu, abanyamurava ni bo bazakirambamo.

22 Nyamara abagizi ba nabi bazakirukanwamo, abagome bazagicibwamo.

Categories
Imigani

Imigani 3

Ubwenge no kubaha Imana

1 Mwana wanjye, ntukibagirwe inama zanjye kandi ujye uzirikana amabwiriza nguha.

2 Nugenza utyo uzarama kandi uzagira amahoro asesuye.

3 Umurava n’ukuri bijye bikuranga, ubitamirize nk’urunigi mu ijosi, maze ubyandike mu mutima wawe.

4 Ibyo bizatuma ugira ubutoni n’ihirwe ku Mana no ku bantu.

5 Wiringire Uhoraho n’umutima wawe wose, kandi ntukishingikirize ku buhanga bwawe.

6 Mu migenzereze yawe ujye umuzirikana, na we azaboneza imigambi yawe.

7 Ntukiringire ubwenge bwawe, ahubwo uzajye wubaha Uhoraho, wirinde ikibi.

8 Ibyo bizabera umubiri wawe umuti, bihembure ingingo zawe.

9 Wubahe Uhoraho umutura ku byo utunze, umuture umuganura w’umusaruro wawe,

10 bityo ibigega byawe bizuzura ibyokurya, naho imivure yawe yuzure divayi.

11 Mwana wanjye ntukange inama z’Uhoraho kandi ntukinubire imiburo ye.

12 Koko rero Uhoraho acyaha uwo akunda, nk’uko umubyeyi acyaha umwana akunda.

Ubwenge n’ihirwe

13 Hahirwa umuntu ugira ubwenge akagira n’ubushishozi.

14 Kubugira biruta gutunga ifeza, inyungu yabwo iruta izahabu.

15 Ubwenge burusha agaciro amasaro y’agahebuzo, ntawagira ikindi yifuza cyahwana na bwo.

16 Ubwenge butuma umuntu arama, bukamuha ubukungu n’icyubahiro.

17 Ubufite abaho mu munezero bukamuzanira amahoro.

18 Ubwenge bumeze nk’igiti cy’ubugingoku babufite, hahirwa abamaze kubushyikira.

19 Uhoraho yahanze isi akoresheje ubwenge,

arema ijuru akoresheje ubushishozi.

20 Ubuhanga bwe bwazamuye amasōko y’ikuzimu aradudubiza,

butuma ibicu bibyara imvura.

Uhoraho arinda umunyabwenge

21 Mwana wanjye, ujye ugira amakenga n’ubushishozi, ntuzabiteshukeho.

22 Bizatuma ugira imibereho myiza kandi bikubere nk’urunigi utamirije mu ijosi.

23 Ubwo ni bwo uzakomeza kujya mbere nta nkomyi, kandi ntuzigera uhungabana.

24 Uzaryama nta cyo wikanga, uzisinzirira ibitotsi bikugwe neza.

25 Ntuzatinya ibiteye ubwoba bigutunguye, cyangwa ibitero by’inkozi z’ibibi ziguhagurukiye.

26 Koko Uhoraho azakubera umwishingizi, kandi azakurinda kugwa mu mutego.

Gukunda abandi

27 Ntukange kugirira neza ababikeneye, igihe cyose ubishoboye.

28 Ntukarerege mugenzi wawe uti: “Genda uzagaruke ejo ni bwo nzaguha”, kandi ufite icyo umuha.

29 Ntukagambanire umuturanyi wawe, kandi yaragufitiye icyizere.

30 Ntukagire uwo utonganya nta mpamvu, igihe nta wagize ikibi agukorera.

31 Ntukifuze kugenza nk’umunyarugomo, ntukigane imigenzereze ye,

32 kuko Uhoraho yanga abagome urunuka, ariko agakunda abantu b’indahemuka.

33 Uhoraho avuma urugo rw’umugiranabi, nyamara urugo rw’intungane akaruha umugisha.

34 Uhoraho aseka abakobanyi, agatonesha abicisha bugufi.

35 Abanyabwenge bazaragwa ikuzo, naho abapfapfa bakorwe n’isoni.

Categories
Imigani

Imigani 4

Kuronka ubwenge no kubukomeraho

1 Bana, nimwumve inama so abagira, mushishikarire gusobanukirwa n’ubuhanga.

2 Inyigisho nziza nabahaye, mujye muzizirikana.

3 Nanjye nabereye data umwana mwiza, mama yankundaga nk’umwana w’ikinege.

4 Data yajyaga anyigisha ati: “Jya uzirikana amagambo yanjye, uzirikane n’amabwiriza yanjye bityo uzabaho.”

5 Ujye wunguka ubwenge wunguke n’ubumenyi, nyamara ntukibagirwe inama zanjye ngo uziteshukeho.

6 Ntukareke ubwenge na bwo buzakurengera, ubukunde na bwo buzakurinda.

7 Kunguka ubwenge ni ikintu cy’ingenzi, jya wunguka ubwenge kandi utange ibyo utunze byose kugira ngo ube umuhanga.

8 Ubwiteho buzagushyira hejuru, buzaguhesha ikuzo nubukomeraho.

9 Buzagutamiriza umutako mwiza ku mutwe, bukwambike ikamba rihebuje.

Kwirinda imigenzereze y’abagome

10 Mwana wanjye, tega amatwi wumve ibyo nkubwira bityo uzarama.

11 Nakuyoboye inzira igeza ku bwenge, nkumenyesha inzira y’ukuri.

12 Mu migenzereze yawe ntakizakubangamira, no mu migirire yawe nta kizaguhungabanya.

13 Komera ku byo wigishwa ntubiteshukeho, kuko ari byo shingiro ry’imibereho yawe.

14 Ntugakurikize imigenzereze y’inkozi z’ibibi, ntugakurikire inzira y’abagome.

15 Ujye uyirinda ntukayinyuremo, ujye uyigendera kure.

16 Abagome ntibajya basinzira iyo batarakora ibibi, iyo bataragira uwo bahitana ntibagoheka.

17 Ibyokurya n’ibyokunywa byabo babikesha ubugizi bwa nabi n’urugomo.

18 Koko rero imigenzereze y’intungane imeze nk’umuseke ukebye, umucyo ugatangaza kugeza ubaye amanywa y’ihangu.

19 Imigenzereze y’abagizi ba nabi ni nk’umwijima w’icuraburindi, ntibamenya icyo bari busitareho.

Imyifatire ihamye

20 Mwana wanjye, hugukira ibyo nkubwira, utege amatwi inama nkugira.

21 Ntuzigere uziteshukaho, ujye uzihozaho umutima.

22 Izo nama zizatuma abazikurikiza bagira imibereho myiza n’ubuzima buzira umuze.

23 Ujye ushishoza mu byo utekereza, kuko ari byo sōko y’ubuzima.

24 Ujye wirinda imvugo y’ubugome, kandi uzibukire ingeso yo gusebanya.

25 Ujye ureba ibiri imbere yawe, uromboreze imbere yawe udakebakeba.

26 Ujye uhanga inzira igororotse, uhitemo imigenzereze iboneye.

27 Ntugateshuke ngo ujye hirya no hino, ujye wirinda ikibi.

Categories
Imigani

Imigani 5

Uzirinde umugore w’indaya

1 Mwana wanjye hugukira ubwenge ngutoza, utege amatwi inama nkugira.

2 Bityo uzahorana ubushishozi, n’imvugo yawe ishingire ku bumenyi.

3 Imvugo y’umugore w’indaya iryohera nk’ubuki, amagambo ye akorohēra nk’amavuta.

4 Nyamara amaherezo isharira nk’umuravumba, igakomeretsa nk’inkota.

5 Imyifatire ye ijyana ku rupfu, imigenzereze ye ikajyana ikuzimu.

6 Imigenzereze ye ntigeza ku bugingo, ahubwo imuyobya atabizi.

7 None rero bana banjye nimutege amatwi, ntimukirengagize inama mbagira.

8 Bene uwo mugore ujye umugendera kure, ntukamugenderere bibaho,

9 kugira ngo icyubahiro cyawe kitajyanwa n’abandi, ukazarinda usaza uri inkoreragahato.

10 Ntukamugenderere hato rubanda rutazakurya imitsi, ibyo wagokeye bigatwarwa n’uwo utazi,

11 amaherezo uzacura umuborogo, kuko imbaraga zawe zimaze kuyoyoka.

12 Bityo uzicuza uvuga uti: “Sinakurikije inama nagirwaga, nta n’ubwo nemeye gucyahwa.

13 Ntabwo numviye abayobozi banjye, nta n’ubwo nateze amatwi abanyigishaga.

14 None dore ngeze aho mba igicibwa mu ikoraniro.”

Gukunda umugore wo mu busore

15 Umugore wawe ni nk’isōko y’amazi meza, kumukunda ni nko kunywa ku iriba wifukuriye.

16 Ntukareke amazi yayo ameneka hanze, ntukayareke ngo asandare mu mayira.

17 Ni amazi yawe wihariye, ntukayasangire n’abanyamahanga.

18 Iriba ryawe nirihabwe umugisha kandi wishimire umugore mwashakanye.

19 Ameze nk’imparakazi cyangwa isha, yuje urukundo kandi ateye amabengeza. Amabere ye azahore akunezeza, urukundo rwe rukunyure.

20 Mwana wanjye, kuki wararikira umugore w’undi? Ni kuki wakorakora amabere y’umugore utari uwawe?

21 Koko rero, imyifatire ya buri wese yigaragaza imbere y’Uhoraho, agasuzuma imigenzereze ye yose.

22 Ibyaha by’umugome bimugusha mu mutego, bikamujisha nk’ufatiwe mu mutego.

23 Azapfa azize ko yanze kwigishwa, azire umurengwe w’ubupfapfa bwe.

Categories
Imigani

Imigani 6

Kwirinda kwishingira abandi

1 Mwana wanjye niwishingira umuturanyi wawe, ukagirana n’undi amasezerano mu mwanya we,

2 nugwa mu mutego w’ayo masezerano, ugafatwa n’amagambo wivugiye,

3 mwana wanjye ugenze utya: sanga umuturanyi wawe umuhendahende, umwinginge.

4 Ntukagoheke cyangwa ngo uhumeke utabigezeho.

5 Ivane mu mutego nk’isha, uwikuremo nk’inyoni.

Kwirinda ubunebwe

6 Wa munebwe we, itegereze imiswa urebe uko ikora, maze uhungukire ubwenge.

7 Imiswa ntigira umukoresha cyangwa umuyobozi, cyangwa umutware.

8 Mu mpeshyi ihunika ibiribwa, mu gihe cy’isarura ikazigama ibizayitunga.

9 Uzaryamira ugeze ryari wa munebwe we? Uzava mu bitotsi ryari?

10 Uravuga ngo: “Reka nsinzire gato nihweture udutotsi, mbe nirambitse nipfumbase.”

11 Nyamara ubukene buzakuzaho nk’umujura, ubutindi buzagutungura nk’igisambo.

Imyifatire y’indyarya

12 Umuntu w’indyarya ni imburamumaro, agenda abunza ibinyoma,

13 arangwa no kwica amaso akagenda aseta ibirenge, areshya abantu agambiriye kubeshya.

14 Ahorana ubugome ku mutima agahora agambirira gukora ibibi. Ni gashozantambara.

15 Ni yo mpamvu kurimbuka kwe kuzamugwa gitumo, akazarimbuka buheriheri!

Icyo Uhoraho yanga

16 Hari ibintu bitandatu Uhoraho yanga ku muntu, ndetse ni birindwi azirana na byo:

17 amaso y’ubwibone,

akarimi kabeshya,

amaboko avusha amaraso y’umwere,

18 umutima ugambirira ibibi,

ibirenge byihutira kugira nabi,

19 umugabo urarikira gushinja ibinyoma

na gashozantambara mu bavandimwe.

Kwirinda ubusambanyi

20 Mwana wanjye, ujye wubahiriza amabwiriza ya so, kandi ntugahinyure inama nyoko akugira.

21 Ibyo ujye ubihoza ku mutima, ubyambare nk’urunigi mu ijosi.

22 Mu migenzereze yawe bizakuyobora, igihe uryamye bizakurinda, nukanguka ubizirikane.

23 Koko amabwiriza ni nk’itara, inama ni nk’urumuri, naho imiburo ikaba inzira y’ubugingo.

24 Bizakurinda umugore w’icyomanzi, bikurinde umugore w’undi ufite akarimi kareshya.

25 Ntukamurarikire kubera uburanga bwe, ntugakunde ko akwicira ijisho.

26 Koko umugore w’indaya aba agushakaho ibyo arya gusa, naho umugore ufite umugabo abasha kukwambura ubuzima.

27 Mbese umuntu yakwirahuriraho umuriro imyambaro ye ntishye?

28 Cyangwa yakandagira mu makara yaka ntashye ibirenge?

29 Uko ni ko bigendekera usambana n’umugore wa mugenzi we, ugenza atyo wese ntahava amahoro.

30 Nta wugaya igisambo iyo kibira inzara,

31 nyamara iyo gifashwe cyishyura ibyo cyibye incuro ndwi, bityo kigatanga ibyo cyari gitunze byose.

32 Usambana n’umugore w’undi ni igipfamutima, ugenza atyo aba yiyambuye ubuzima.

33 Ingaruka z’ibyo ni ugukubitwa no gutukwa, no guhorana ikimwaro kidashira.

34 Koko rero ishyari rizatuma umugabo w’uwo mugore arakara, kandi ntazagira impuhwe igihe cyo kwihōrera.

35 Nta ndishyi n’imwe azemera, ntazakureka n’iyo wamuhongera ibingana bite.

Categories
Imigani

Imigani 7

1 Mwana wanjye, uzirikane amagambo yanjye, amabwiriza yanjye uyakomereho.

2 Nukurikiza amabwiriza yanjye uzabaho, inama nguha uziteho nk’imboni y’ijisho ryawe.

3 Bijye bikurangwaho nk’impeta yo ku rutoki rwawe, ubyandike ku mutima wawe.

4 Bwira ubwenge uti: “Uri mushiki wanjye”, naho ubuhanga ubwite incuti yawe,

5 bizakurinda umugore w’indaya, bikurinde n’ibishuko by’umugore w’undi.

Umugore w’indaya ashuka umusore

6 Hari ubwo nari ku idirishya ry’inzu yanjye, ndungurukira mu tuyunguruzo twaryo,

7 mbona ba basore b’abanyabwengebuke ndabukwamo umwe utakigira umutima.

8 Yagendaga akebereza iruhande rw’inzira igana kwa wa mugore w’indaya, maze abonezayo.

9 Haba nimugoroba cyangwa mu kabwibwi, haba mu gicuku cyangwa mu icuraburindi,

10 uwo mugore ahora yiteguye kumusanganira yiboneje nk’indaya kabuhariwe, yuzuye uburiganya.

11 Ahora asamaye ntiyitangira, ntajya aregama iwe.

12 Mu kanya aba ari mu mihanda cyangwa mu mayira, aho ari hose aba afite icyo yubikiye.

13 Nguwo asumiye wa musore aramusomaguye, amubwira nta soni ati:

14 “Nahiguye umuhigo, none mfite inyama z’igitambo cy’umusangiro.

15 Ni yo mpamvu naje kugusanganira, nagushakaga none ndakubonye.

16 Dore uburiri bwanjye nabushasheho ibiringiti by’amabara menshi, n’amashuka yorohereye yavuye mu Misiri.

17 Nateyeho imibavu ihumura neza y’amarashi, n’umusagavu n’ishangi.

18 Ngwino twinezeze tugeze mu gitondo, ngwino duhuze urukundo,

19 kuko umugabo wanjye adahari yagiye mu rugendo rwa kure.

20 Yitwaje umufuka w’amafaranga, azagaruka ukwezi kuzoye.”

21 Uwo mugore amushukisha akarimi keza, maze aramushyeshya amujyana iwe.

22 Nuko umuhungu aramukurikira, amujyana nk’inka igiye mu ibagiro. Uko ni ko umupfapfa abohwa agiye guhanwa,

23 kugeza ubwo umwambi umwahuranyije umutima. Aba ameze nk’inyoni iguruka ikagwa mu mutego, ntamenya ko ari ubuzima bwe ashyira mu kaga.

24 None bana banjye nimunyumve, kandi mwite ku byo mbabwira.

25 Ntimukararikire imigenzereze y’uwo mugore, ntimukerekeze mu tuyira tugana iwe.

26 Koko hari benshi yakomerekeje imitima, yishe abanyambaraga benshi.

27 Kujya iwe ni nko kujya ikuzimu, ni ukwishyira urupfu.

Categories
Imigani

Imigani 8

Bwenge arahamagara

1 Nimwumve Bwengearahamagara,

Nyir’ubuhanga aranguruye ijwi!

2 Ahagaze hejuru y’umusozi hafi y’inzira,

yitegeye amayirabiri.

3 Ahagaze hafi y’amarembo y’umurwa,

arahamagarira ku marembo yawo ati:

4 “Ni mwebwe bantu mpamagara,

bene muntu nimwe mbwira!

5 Mwa banyabwengebuke mwe, nimwige gushishoza,

mwa bapfapfa mwe, nimwige gushyira mu gaciro.

6 Icyo ngiye kubabwira ni ingirakamaro,

amagambo mbabwira yuje ukuri.

7 Koko rero amagambo mvuga ni ukuri,

nzirana n’ibinyoma.

8 Amagambo yose mvuga aratunganye,

ntarangwamo uburyarya n’ibinyoma.

9 Yose ni amanyakuri ku bashaka kuyumva,

arasobanutse ku bafite ubushishozi.

10 Nimuhitemo inama mbagira kuruta ifeza,

nimuhitemo ubushishozi kuruta izahabu yatunganyijwe.

11 Koko ubwenge buruta amasaro y’agaciro,

ntagihwanyije agaciro na bwo.

Icyivugo cya Bwenge

12 “Jyewe Bwenge ntuye mu bwitonzi,

nashyikiriye ubuhanga butuma nshishoza.

13 Kwanga ikibi ni ko kubaha Uhoraho,

nanga urunuka ubwirasi n’agasuzuguro,

nanga imigenzereze mibi n’imvugo ibeshya.

14 Ni jye utanga inama n’ubushishozi,

ni jye Nyir’ubuhanga n’ububasha.

15 Ni jye ushoboza abami gutegeka,

nshoboza abacamanza guca imanza zitabera.

16 Ibikomangoma ni jye ubiha gutegeka,

abanyacyubahiro na bo ni jye babikesha,

abacamanza b’intabera na bo ni uko.

17 Jyewe abankunda ni bo nkunda,

abanshakashaka barambona.

18 Ubukungu n’icyubahiro ni jye ubitanga,

ubukungu buhoraho n’umutekano n’uburumbuke ni ibyanjye.

19 Impano inkomokaho iruta izahabu itunganyijwe,

inyungu inturutseho iruta ifeza y’indobanure.

20 Imigenzereze yanjye ni ubutungane,

inzira zanjye ni iz’ubutabera.

21 Abankunda ndabakungahaza,

ibigega byabo mbyuzuza ubukungu.

22 Uhoraho yandemye mbere na mbere,

yandemye mbere y’ibindi biremwa byose.

23 Natoranyijwe kuva kera kose,

natoranyijwe isi itararemwa.

24 Inyanja zitarabaho nari naravutse,

amasōko atarabaho nari ndiho.

25 Imisozi itararemwa nari naravutse,

udusozi tutarabaho nari naravutse,

26 Uhoraho atararema isi nari naravutse,

atararema ibiyiriho nari naravutse.

27 Igihe yahangaga ijuru nari mpari,

nari kumwe na we ashyiraho ikirere hejuru y’inyanja.

28 Igihe yarundaga ibicu nari mpari,

igihe yazamuraga amasōko ikuzimu nari mpari.

29 Igihe yashingaga imbibi z’inyanja ngo amazi atarenga inkombe,

igihe yashyiragaho imfatiro z’isi nari mpari.

30 Jyewe Bwenge nari kumwe na we mufasha imirimo,

namushimishaga uko bwije n’uko bukeye,

nakiniraga imbere ye igihe cyose.

31 Nakiniraga ku isi ye nisanzuye,

bityo nanezezwaga no kubana n’abantu.

Hahirwa utega amatwi Bwenge

32 “Bana banjye, ngaho nimutege amatwi,

hahirwa abakurikiza imigenzereze yanjye.

33 Nimwumve imiburo yanjye maze muce akenge,

iyo miburo ntimukayisuzugure.

34 Hahirwa umuntu untega amatwi,

uwo arahirwa kuko ahora iwanjye,

ahora imbere y’inzu yanjye antegereje.

35 Koko umbonye aba abonye ubugingo,

bityo aba abaye umutoni w’Uhoraho.

36 Nyamara abantuka bo barihemukira,

abanyanga bose baba bashaka urupfu.”

Categories
Imigani

Imigani 9

Imyifatire y’umunyabwenge n’iy’umwirasi

1 Bwenge ni nk’umugore wubatse inzu ye ayishyiramo inkingi ndwi,

2 abagisha amatungo ategura na divayi maze ategura ameza.

3 Nuko Bwenge yohereza abaja be gutumira, bajya ahirengeye mu mujyi barangurura bati:

4 “Mwa banyabwengebuke mwe, nimuze hano!” Babwira n’ibipfamutima bati:

5 “Nimuze mufungure kandi munywe na divayi nabateguriye.

6 Nimuve mu bupfapfa mubone kubaho, bityo mugenze nk’abafite ubushishozi.”

7 “Ucyaha umwirasi akagusuzugura, wahana umugizi wa nabi akagutuka.

8 Ntugacyahe umwirasi atazakwanga, nyamara nuhana umunyabwenge azabigukundira.

9 Uhugure umunyabwenge azarushaho kugira ubwenge, wigishe intungane bizayongera ubumenyi.

10 Kubaha Uhoraho ni byo shingiro ry’ubwenge, kumenya Imana nziranenge ni bwo bushishozi.

11 Ni jyewe Bwenge uzaguha kuramba, ni jyewe uzongera igihe cyo kubaho kwawe.

12 Nuba umunyabwenge ni wowe bizagirira akamaro, ariko nuba umwirasi ni wowe bizagaruka.”

13 Bwengebuke ni umugore usamara, w’umupfapfa kandi w’igicucu.

14 Yiyicarira ku ntebe imbere y’iwe ahirengeye mu mujyi,

15 agahamagara abahisi n’abagenzi bigendera ati:

16 “Mwa banyabwengebuke mwe, nimuze hano!” Abwira n’ibipfamutima ati:

17 “Amazi y’amibano aba afutse, n’ibiryo byo mu rwihisho biraryoha.”

18 Nyamara abatumirwa be ntibazi ko bagiye mu rupfu, ntibazi ko uwo mugore aboretse ikuzimu.

Categories
Imigani

Imigani 10

Imigani yerekeye imyifatire y’abantu

1 Imigani ya Salomo.

Umwana w’umunyabwenge anezeza ababyeyi,

naho umwana w’umupfayongo abatera agahinda.

2 Ubukire bubonetse mu nzira zitaboneye nta cyo bumara,

nyamara ububonetse mu nzira ziboneye bukiza umuntu urupfu.

3 Uhoraho ntatuma intungane yicwa n’inzara,

nyamara yamagana umururumba w’abagizi ba nabi.

4 Imikorere y’umunebwe iramukenesha,

naho iy’umunyamwete iramukungahaza.

5 Uwizigamira mu mpeshyi ni umunyabwenge,

nyamara inkorabusa mu isarura ikoza isoni.

6 Intungane zihesha imigisha,

nyamara amagambo y’abagizi ba nabi ahishira ubugome.

7 Kwibuka ibikorwa by’intungane bizana imigisha,

nyamara abagome ntibongera kwibukwa.

8 Uzi gushyira mu gaciro yemera amabwiriza,

nyamara uvuga amahomvu yikururira kurimbuka.

9 Ugenza nk’indakemwa ahorana umutekano,

nyamara ukora nabi azatahurwa.

10 Kutabwiza abantu ukuri birababaza,

uvuga amahomvu na we yikururira kurimbuka.

11 Amagambo y’intungane ni isōko y’ubugingo,

nyamara amagambo y’umugizi wa nabi ahishe ubugome.

12 Inzangano zikurura intonganya,

urukundo rwibagirwa ibicumuro byose.

13 Ubwenge buboneka mu magambo y’ushishoza,

nyamara umugongo w’umunyabwengebuke ntusiba inkoni.

14 Abanyabwenge bizigamira ubumenyi,

nyamara amagambo y’umupfapfa aramurimbura.

15 Umutungo w’umukungu ni wo kigo cye ntamenwa,

nyamara ubukene bw’aboroheje ni rwo rupfu rwabo.

16 Igihembo cy’intungane kiyihesha ubugingo,

nyamara inkozi y’ikibi kiyihesha igihano.

17 Imyifatire myiza igeza nyirayo ku bugingo,

nyamara uwanga guhanwa arateshuka.

18 Uhisha urwango rwe avugana uburyarya,

naho ugenda asebanya ni umupfapfa.

19 Uvuga menshi ntabura kugwa mu cyaha,

uzi gufata ururimi rwe ni inyaryenge.

20 Amagambo y’intungane ni nk’ifeza inoze,

nyamara imitekerereze y’inkozi y’ibibi nta gaciro igira.

21 Amagambo y’intungane agirira akamaro benshi,

naho abapfapfa bicwa no kudashishoza.

22 Umugisha w’Uhoraho urakungahaza,

nyamara guhihibikana nta cyo byungura.

23 Gukora ibibi bishimisha umunyabwengebuke,

nyamara ubwenge bunezeza umuhanga.

24 Icyo inkozi y’ibibi itinya ni cyo ibona,

nyamara icyo intungane zifuje ziragihabwa.

25 Inkozi z’ibibi zishiraho nk’izitwawe na serwakira,

nyamara intungane ntinyeganyega bibaho.

26 Uko umushari wangiza amenyo,

uko umwotsi wica amaso,

ni na ko umunebwe arakaza abamukoresha.

27 Kubaha Uhoraho gutera kurama,

nyamara abagome bo ntibazaramba.

28 Icyizere cy’intungane kirazinezeza,

nyamara ibyiringiro by’abagizi ba nabi bizayoyoka.

29 Uhoraho ni ubuhungiro bw’intungane,

nyamara arimbura inkozi z’ibibi.

30 Intungane ntizizahungabana bibaho,

nyamara inkozi z’ibibi ntizizaramba ku isi.

31 Amagambo y’intungane ageza ku bwenge,

nyamara ababeshya bazacecekeshwa.

32 Amagambo y’intungane arangwa n’ubugwaneza,

nyamara imvugo y’inkozi y’ibibi yuzuye uburiganya.