Categories
Ibyakozwe n'Intumwa

Ibyakozwe n’Intumwa 1

Isezerano ryo gutanga Mwuka Muziranenge

1 Kuri Tewofili,

Mu gitabo cyanjye cya mbere narondoye ibintu byose Yezu yakoze n’ibyo yigishije, kuva agitangira umurimo we

2 kugeza ku munsi ajyanywe mu ijuru. Ibyo bitaraba yagize ibyo amenyesha abo yari yaratoranyije kuba Intumwa ze, akoresheje Mwuka Muziranenge.

3 Abo ni bo yari yariyeretse nyuma yo kubabazwa agapfa, abemeza ko ari muzima akoresheje ibimenyetso byinshi. Nuko amara iminsi mirongo ine ababonekera, ababwira ibyerekeye ubwami bw’Imana.

4 Igihe kimwe bari kumwe arabategeka ati: “Ntimuzave i Yeruzalemu, ahubwo mutegereze uwo Data yabasezeranyije, ari na we mwanyumvanye.

5 Yohaniwe yabatirishaga amazi, ariko mu minsi mike muzabatirishwa Mwuka Muziranenge.”

Yezu asubira mu ijuru

6 Nuko Intumwa za Yezu zimaze guterana ziramubaza ziti: “Mbese Nyagasani, iki ni cyo gihe ugiye gusubiza Abisiraheli ubwami bwabo?”

7 Arabasubiza ati: “Ibihe n’iminsi ibyo bizabera byagenwe n’ubushobozi bwite bwa Data, si umurimo wanyu kubimenya.

8 Icyakora Mwuka Muziranenge nabazaho muzahabwa ububasha. Bityo muzaba abagabo bo guhamya ibyanjye i Yeruzalemu no muri Yudeya hose, no muri Samariya ndetse no kugeza ku mpera z’isi.”

9 Amaze kuvuga atyo azamurwa bamureba, igicu kiramubakingiriza.

10 Igihe bagihanze amaso ku ijuru akigenda, ngo bajye kubona, babona abagabo babiri bambaye imyambaro yerababahagaze iruhande.

11 Barababaza bati: “Yemwe bagabo bo muri Galileya, ni iki kibahagaritse aho mwitegereza ku ijuru? Yezu uwo ubavanywemo akajyanywa mu ijuru, azagaruka nk’uko mumubonye ajyayo.”

Batora uwo gusimbura Yuda

12 Nuko basubira i Yeruzalemu bavuye ku musozi w’Iminzenze, uri nko muri kirometero imwe.

13 Bagezeyo bajya muri cya cyumba cyo hejuru, aho babaga ubusanzwe. Abo bari Petero na Yohani na Yakobo, Andereya na Filipo, na Tomasi na Barutolomayo, na Matayo na Yakobo mwene Alufeyi, na Simoni wari umurwanashyaka w’igihugu, na Yuda mwene Yakobo.

14 Abo bose bakomeza kubana bashishikariye gusenga bahuje umutima, bari kumwe n’abagore hamwe na Mariya nyina wa Yezu, n’abavandimwe ba Yezu.

15 Muri iyo minsi Petero ahaguruka hagati y’abemera Yezu bari bateranye ari nk’ijana na makumyabiri, arababwira ati:

16 “Bavandimwe, byari ngombwa ko Ibyanditswe biba, ibyo Mwuka Muziranenge yari yarahaye Dawidi guhanura kuri Yuda wayoboye abafashe Yezu.

17 Uwo yahoze abarwa muri twe kandi yari yaratorewe umurimo umwe n’uwacu.”

18 Yuda uwo amaze kugura umurima ibivuye mu buhemu bwe, yaguye yubamye araturika amara ye yose arasandara.

19 Ibyo bimenyekana mu baturage b’i Yeruzalemu bose, bigeza aho uwo murima bawita Akeludama (ari ko kuvuga umurima w’amaraso).

20 Petero yungamo ati: “Koko kandi ni ko byanditswe mu gitabo cya Zaburi ngo

‘Iwe hazahinduke itongo,

he kugira uhatura’,

kandi ngo

‘Umurimo yari ashinzwe uhabwe undi.’

21 “Dore rero uko bigomba kugenda: hariho abagabo twajyanaga igihe cyose Nyagasani Yezu yabanye natwe,

22 uhereye ubwo Yohani yabatizagaukageza ku munsi Yezu yadukuriwemo akajya mu ijuru. Umwe muri bo ni we uzafatanya natwe, kugira ngo abe umugabo wo guhamya izuka rye.”

23 Nuko bazana abantu babiri. Umwe ni Yozefu witwaga Barisaba wari waranahimbwe Yusito, undi ni Matiyasi.

24 Basenga bagira bati: “Nyagasani, wowe uzi imitima y’abantu bose, erekana muri aba bombi uwo utoranyije

25 kugira ngo abe Intumwa ya Kristo mu cyimbo cya Yuda, kandi afate umurimo Yuda yataye akajya ahamukwiye.”

26 Barafinda maze ubufindo bwerekana Matiyasi, abarwa hamwe n’Intumwa cumi n’imwe.

—https://api-cdn.youversionapi.com/audio-bible-youversionapi/126/32k/ACT/1-97c349288e58d941d0364c79cbaab255.mp3?version_id=387—

Categories
Ibyakozwe n'Intumwa

Ibyakozwe n’Intumwa 2

Mwuka Muziranenge atangwa

1 Umunsi mukuru wa Pentekote ugeze bose bari bakoraniye hamwe.

2 Nuko umuriri ubatungura uvuye mu ijuru umeze nk’umuyaga w’ishuheri, wuzura inzu yose bari bicayemo.

3 Haboneka indimi zisa n’ibirimi by’umuriro zibajyaho, rumwe ku muntu urundi ku wundi, bityo bityo.

4 Bose buzuzwa Mwuka Muziranenge, batangira kuvuga izindi ndimi nk’uko Mwuka abahaye kuzivuga.

5 I Yeruzalemu habaga Abayahudi bubaha Imana, bari baraturutse mu bihugu byose by’isi.

6 Bumvise urwo rusaku, imbaga nyamwinshi irashika maze barayoberwa, kuko buri wese yumvaga bavuga mu rurimi rwe kavukire.

7 Barumirwa baratangara bati: “Mbese aba bose bavuga si Abanyagalileya?

8 Bishoboka bite se ko buri wese muri twe yumva bavuga ururimi rwe kavukire?

9 Ko bamwe twaturutse muri Pariti no mu Bumedi no muri Elamu, abandi bakaba abo muri Mezopotamiya na Yudeya, no muri Kapadokiya na Ponto, na Aziya

10 na Furujiya, na Pamfiliya na Misiri, no mu turere twa Libiya duhereranye na Sirene? Abandi ni abashyitsi b’Abanyaroma,

11 abandi ni Abayahudi kavukire, hamwe n’abanyamahanga bemeye idini y’Abayahudi. Abandi ni abo muri Kireti n’Abarabu. None se bite ko tubumva twese bavuga mu ndimi zacu, ibikorwa bitangaje by’Imana?”

12 Bose barumirwa bagwa mu kantu, barabazanya bati: “Ibi ni ibiki?”

13 Abandi baraseka bavuga bati: “Basinze inzoga y’ihīra!”

Petero avuga ibya Yezu

14 Petero arahaguruka ari kumwe na ba bandi cumi n’umwe, atera hejuru abwira abari aho ati: “Yemwe Bayahudi! Yemwe baturage b’i Yeruzalemu mwese! Ibi mubimenye kandi mutege amatwi ibyo ngiye kubabwira!

15 Erega aba bantu ntibanyoye nk’uko mubyibwira. Dore ni mu gitondo haracyari isaa tatu!

16 Ahubwo ibyo mureba ibi ni ibyahanuwe n’umuhanuzi Yoweli,

17 ngo Imana iravuga iti:

‘Mu minsi y’imperuka nzasuka Mwuka wanjye ku bantu bose,

abahungu n’abakobwa banyu bazahanura,

abasore banyu bazagira iyerekwa,

abasaza bo muri mwe bazabonekerwa mu nzozi.

18 Mu minsi y’imperuka nzasuka Mwuka wanjye ku bagaragu banjye no ku baja banjye,

na bo bazahanura.

19 Nzerekana ibitangaza hejuru ku ijuru,

nzerekana n’ibimenyetso hasi ku isi,

hazaboneka amaraso n’umuriro n’umwotsi ucucumuka.

20 Izuba rizijima,

ukwezi kuzasa n’amaraso,

umunsi wa Nyagasani uzaba utaragera,

wa munsi ukomeye w’akataraboneka.

21 Umuntu wese uzatakambira Nyagasani azakizwa.’

22 “Yemwe Bisiraheli, nimwumve ibyo mbabwira! Yezu w’i Nazareti ni umuntu Imana yemeje ko ari yo yamutumye, imukoresheje ibitangaza n’ibindi bikorwa by’ububasha, kimwe n’ibimenyetso yatangiye hagati muri mwe, ibyo namwe murabizi.

23 Uwo muntu yatanzwe nk’uko Imana yari yarabigennye ikabiteganya mbere, maze mwe mumwicisha kumushyikiriza abantu b’abagome ngo bamubambe ku musaraba.

24 Ariko Imana iramuzura imugobotora ingoyi z’urupfu, kuko bitagombaga ko rumuherana.

25 Mwibuke ko Dawidi yavuze ibyerekeye Yezu uwo ati:

‘Nabonye Nyagasani imbere yanjye iteka,

sinzigera mpungabana kuko ampora hafi.

26 Ni cyo gituma nezerwa nkanishima,

ndetse nkumva mfite ibyiringiro bishyitse.

27 Koko rero ntuzandeka ngo mpere ikuzimu,

ntuzemera ko ugutunganiye abora.

28 Unyobora inzira izangeza ku bugingo,

kubana nawe bintera ibyishimo bisesuye.’

29 “Bavandimwe, nta cyambuza kubabwira neruye ibyerekeye sogokuruza Dawidi. Dore yarapfuye arahambwa, kandi imva ye na n’ubu iracyari ino aha.

30 Yari umuhanuzi kandi yazirikanaga indahiro Imana yamurahiye, ko mu bazamukomokaho izatoranyamo uzamusimbura ku ngoma.

31 Yeretswe mbere y’igihe uko bizamera, nuko avuga ko Kristo azazuka agira ati:

‘Imana ntizamureka ngo ahere ikuzimu

kandi ntizatuma abora.’

32 Yezu uwo rero Imana yaramuzuye, twese turi abagabo bo kubihamya.

33 Amaze kuzamurwa mu ijuru ashyirwa iburyo bw’Imana, maze Se amushyikiriza Mwuka Muziranenge, uwo yasezeranyije abantu, aherako asuka ibyo mubona n’ibyo mwumva ibi.

34 Erega Dawidi we ntiyagiye mu ijuru, nyamara kandi yaravuze ati:

‘Nyagasani yabwiye Umwami wanjye, ati:

“Icara ku ntebe ya cyami iburyo bwanjye,

35 nanjye nzahindura abanzi bawe nk’akabaho ukandagizaho ibirenge.” ’

36 “None rero urubyaro rwose rwa Isiraheli rukwiriye kumenya rudashidikanya ko Yezu uwo mwabambye, Imana yamugize Nyagasani imugira na Kristo.”

37 Abantu bumvise ibyo barakangarana, maze babaza Petero n’izindi Ntumwa bati: “Bavandimwe, dukore iki?”

38 Petero arababwira ati: “Nimwihane buri wese abatizwe mu izina rya Yezu Kristo, kugira ngo mubabarirwe ibyaha. Ni bwo Imana izabaha impano, ari yo Mwuka Muziranenge.

39 Erega Isezerano ni mwe ryagenewe kimwe n’abana banyu, ndetse n’abari kure, abo Nyagasani Imana yacu izihamagarira uko bangana.”

40 Avuga n’andi magambo menshi yo kubemeza no kubakomeza agira ati: “Nimwikize, mwitandukanye n’abantu b’iki gihe b’abagome!”

41 Abemeye izo nyigisho za Petero barabatizwa, maze kuri uwo munsi umubare w’abigishwa ba Yezu wiyongeraho abantu bagera ku bihumbi bitatu.

42 Bakomezaga kwita ku nyigisho z’Intumwa, bagashyira hamwe, bakamanyura umugatikandi bagasenga.

Ugushyira hamwe kw’abigishwa ba Yezu

43 Abantu bose bagize ubwoba, babonye ibitangaza izo Ntumwa zakoraga n’ibimenyetso zerekanaga.

44 Abemeraga Yezu bose babaga hamwe bafatanya byose.

45 Bagurishaga amasambu yabo n’ibindi bintu bari batunze, bakagabana ibiguzi bavanyemo bakurikije ubukene bwa buri wese.

46 Iminsi yose bagiraga umwete wo guteranira mu rugo rw’Ingoro y’Imana bahuje umutima, no gusangirira mu ngo bya kivandimwe. Uko basangiraga babaga bafite ibyishimo bicisha bugufi,

47 bahimbaza Imana kandi bashimwa n’abantu bose. Uko bukeye Nyagasani akungura umubare w’abagenda bakizwa.

—https://api-cdn.youversionapi.com/audio-bible-youversionapi/126/32k/ACT/2-9f313c087b47851e4f99ce335be0eefb.mp3?version_id=387—

Categories
Ibyakozwe n'Intumwa

Ibyakozwe n’Intumwa 3

Ikirema gikizwa

1 Umunsi umwe saa cyenda, ari cyo gihe cyo gusenga, Petero na Yohani bagiye mu rugo rw’Ingoro y’Imana.

2 Hariho umuntu wavutse ari ikirema bahekaga buri munsi, bakamushyira ku irembo ry’Ingoro y’Imana ryitwa “Irembo ry’Igikundiro”, kugira ngo asabirize amafaranga abazaga mu rugo rw’Ingoro.

3 Ngo abone Petero na Yohani bagiye kwinjira mu rugo rw’Ingoro na bo arabasaba.

4 Petero na Yohani baramutumbira, maze Petero aramubwira ati: “Ngaho turebe!”

5 Nuko uwo mugabo agumya kubahanga amaso agira ngo hari icyo bamuha.

6 Petero aramubwira ati: “Nta mafaranga mfite, yaba ifeza yaba izahabu, ariko icyo mfite ndakiguha. Mu izina rya Yezu Kristo w’i Nazareti, ndagutegetse nti: ‘Haguruka maze ugende!’ ”

7 Nuko amufata ukuboko kw’iburyo aramuhagurutsa. Muri ako kanya, ibirenge bye n’ubugombambari birakomera.

8 Nuko arabaduka arahagarara, atangira kugenda. Yinjirana na bo mu rugo rw’Ingoro y’Imana atambuka, yitera hejuru asingiza Imana.

9 Rubanda rwose babonye agenda kandi asingiza Imana,

10 bamenya ko ari wa wundi wajyaga asabiriza, yicaye ku irembo ry’Ingoro y’Imana bita iry’Igikundiro, barumirwa bayoberwa icyamubayeho.

Ijambo rya Petero

11 Igihe uwo muntu yanze kuvirira Petero na Yohani, rubanda rwose barashika babasanga ku ibaraza ryitwa irya Salomo, baratangara cyane.

12 Petero abibonye arababaza ati: “Bisiraheli, ni iki gitumye muduhanga amaso, nk’aho ari ububasha bwacu cyangwa se kubaha Imana kwacu byatumye uyu muntu ashobora gutambuka?

13 Imana ya Aburahamu n’Imana ya Izaki n’Imana ya Yakobo, Imana ya ba sogokuruza yahaye ikuzo Umugaragu wayo Yezu, uwo mwebwe mwatanze mukamwihakanira imbere ya Pilato, kandi we yari yiyemeje kumurekura.

14 Mwihakanye uwo Muziranenge akaba n’Intungane, maze mu cyimbo cye musaba ko bababohorera umwicanyi.

15 Nuko uwo Mugaba w’ubugingo we muramwica, ariko Imana iramuzura. Ni twe bagabo bo kubihamya.

16 Uyu muntu mureba kandi muzi yakijijwe ubumuga kubera kwizera ubushobozi bwa Yezu. Ubushobozi bwa Yezu n’ukwizera gukomoka kuri we, ni byo byamuhaye kuba muzima rwose mwese mubireba.

17 “None rero bavandimwe, nzi yuko mwebwe n’abategetsi banyu mwishe Yezu mutazi icyo mukora.

18 Nyamara Imana ni yo yatumye biba bityo, ikurikije uko yari yaratumye abahanuzi bose kuvuga mbere ko Kristo agomba kubabazwa.

19 Nuko rero nimwisubireho, mugarukire Imana kugira ngo ibyaha byanyu bihanagurwe,

20 habeho ibihe byo guhemburwa bituruka kuri Nyagasani, kandi aboherereze Yezu ari we Kristo yabatoranyirije mbere.

21 Yezu uwo agomba kuguma mu ijuru kugeza igihe Imana izahindura byose bishya, nk’uko yabivuze kera kose itumye abahanuzi bayo.

22 Musa yaravuze ati: ‘Nyagasani Imana yanyu azabatumaho umuhanuzi umeze nkanjyeukomoka muri mwe, muzumvire ibyo azababwira byose.

23 Umuntu wese utazumvira uwo muhanuzi azarimburwe.’

24 Kandi abahanuzi bose uhereye kuri Samweli no ku bamukurikiye, igihe cyose bahanuraga bagushaga ku by’iyi minsi turimo.

25 Ni mwe mwarazwe ibyavuzwe n’abahanuzi n’ibyo Imana yasezeranye na ba sokuruza, igihe yabwiraga Aburahamu iti: ‘Amahanga yose yo ku isi azaherwa umugisha mu rubyaro rwawe.’

26 Noneho igihe Imana yahagurutsaga uwo Mugaragu wayo, ni mwebwe yabanje kumutumaho kugira ngo abaheshe umugisha, bityo umuntu wese muri mwe azinukwe ibibi yakoze.”

—https://api-cdn.youversionapi.com/audio-bible-youversionapi/126/32k/ACT/3-51bd205b219ebe35fda219b262c28985.mp3?version_id=387—

Categories
Ibyakozwe n'Intumwa

Ibyakozwe n’Intumwa 4

Petero na Yohani bafatwa

1 Igihe Petero na Yohani bakivugana n’abantu, abatambyi n’umutware w’abarinzi b’Ingoro y’Imana n’Abasaduseyi baba baraje, babahagarara iruhande.

2 Barakajwe cyane n’uko Petero na Yohani bigisha abantu, bagatangaza ko abapfuye bazuka babihereye kuri Yezu.

3 Nuko barabafata babaraza muri gereza kuko bwari bugorobye.

4 Nyamara abenshi mu bari bumvise ibyo bavuga bemera Yezu, bituma umubare w’abamwemeye ugera ku bihumbi bitanu.

5 Bukeye abatware b’Abayahudi n’abakuru b’imiryango n’abigishamategeko bakoranira i Yeruzalemu.

6 Basanga Ana Umutambyi mukuru na Kayifa, na Yohani na Alegisanderi n’abo mu muryango w’Umutambyi mukuru bose.

7 Nuko bazana Petero na Yohani bababariza mu ruhame bati: “Mbese mwabashije mute gukiza uwo muntu? Ese mwashobojwe na nde kubikora?”

8 Petero yuzuye Mwuka Muziranenge arabasubiza ati: “Batware namwe bakuru b’imiryango,

9 uyu munsi duhamagariwe kubazwa ibyerekeye ineza uyu muntu yagiriwe n’uburyo yakijijwe ubumuga!

10 Noneho mwebwe mwese n’umuryango wose wa Isiraheli, mumenye icyatumye uyu muntu ahagarara imbere yanyu ari mutaraga, ni ukubera ubushobozi bwa Yezu Kristo w’i Nazareti uwo mwabambye ku musaraba Imana ikamuzura.

11 Yezu ni we Ibyanditswe bivuga ngo

‘Ibuye mwebwe abubatsi mwanze,

ni ryo ryabaye insanganyarukuta.’

12 Nta wundi agakiza kabonekaho, kuko ku isi yose nta wundi Imana yahaye abantu ufite ubushobozi bwo kudukiza.”

13 Abanyarukiko babonye ukuntu Petero na Yohani bavuga bashize amanga, kandi baruzi ko ari abanyamusozi batize barumirwa maze bibuka ko bahoranye na Yezu.

14 Babonye uwo muntu wakijijwe ubumuga ahagararanye na bo, babura icyo basubiza.

15 Nuko bamaze kubaheza abanyarukiko barabazanya bati:

16 “Bariya bantu tubagenze dute? Erega abaturage bose b’i Yeruzalemu bamenye ko bakoze igitangaza gikomeye, natwe ntidushobora kubihakana!

17 Ariko kugira ngo bitarushaho gukwizwa muri rubanda mureke tubakange, tubihanangirize kutazongera kugira uwo babwira ijambo bitwaje iryo zina rya Yezu.”

18 Nuko bongera kubahamagara, bababuza kuvuga izina rya Yezu ngo bigishe abantu baryitwaje.

19 Ariko Petero na Yohani barabasubiza bati: “Mbese tubumvire cyangwa twumvire Imana? Namwe nimwihitiremo icyo Imana ishima!

20 Twe rero ntitubasha guceceka ibyo twiyumviye n’ibyo twiboneye.”

21 Bamaze kubuka inabi barabarekura. Ubwo bari babuze uko babahana, kubera ko rubanda rwose basingizaga Imana bakurije ku byabaye.

22 Koko kandi uwo muntu wari wakijijwe ubumuga ku buryo butangaje butyo, yari arengeje imyaka mirongo ine avutse.

Abemeye Yezu basaba gushira amanga

23 Petero na Yohani bamaze kurekurwa basanga bagenzi babo, babatekerereza ibyo babwiwe n’abakuru bo mu batambyi n’abakuru b’imiryango.

24 Babyumvise bose bahita basenga Imana bashyize hamwe bati: “Nyagasani, ni wowe waremye ijuru n’isi n’inyanja n’ibirimo byose.

25 Ni wowe watumye Mwuka Muziranenge avugisha umugaragu wawe sogokuruza Dawidi ati:

‘Kuki amahanga yarubiye?

Kuki amoko yiha imigambi y’impfabusa?

26 Abami bayo barahagurutse,

abategetsi bayo na bo bishyize hamwe,

barikunganyije ngo barwanye Nyagasani,

barwanye n’Uwo yimikishije amavuta.’

27 Ni ukuri Herodi na Ponsiyo Pilato, hamwe n’abanyamahanga n’Abisiraheli bose bateraniye muri uyu mujyi, bahuza umugambi wo kurwanya Umugaragu wawe w’umuziranenge Yezu, uwo wimikishije amavuta.

28 Kwari ugusohoza imigambi wateganyije kuva kera kose ku bw’ububasha n’ubushake bwawe.

29 None Nyagasani, witegereze ibikangisho byabo, maze uhe abagaragu bawe kuvuga ibyawe dushize amanga.

30 Urambure ukuboko ukize indwara, utange ibimenyetso ukore n’ibitangaza mu izina rya Yezu, umugaragu wawe w’umuziranenge.”

31 Bamaze gusenga ahantu bari bakoraniye haratigita. Bose buzura Mwuka Muziranenge maze batangaza Ijambo ry’Imana bashize amanga.

Ubumwe bw’abemeye Yezu

32 Ikoraniro ry’abemeye Yezu bose ryari rihuje umutima n’imigambi. Nta n’umwe wavugaga ko icyo atunze cyose acyihariye, ahubwo basaranganyaga ibyo babaga bafite byose.

33 Nuko Intumwa za Kristo zikomeza guhamya ibyerekeye izuka rya Nyagasani Yezu zibivugana ububasha bukomeye, maze Imana isesekaza umugisha kuri bose.

34 Nta n’umwe muri bo wagiraga icyo akena ngo akibure, ababaga bafite amasambu cyangwa amazu barabigurishaga, ikiguzi bakakizana

35 bakagishyikiriza Intumwa za Kristo, kigasaranganywa hakurikijwe ubukene buri muntu afite.

36 Umwe wakoze atyo ni Yozefu, Umulevi wavukiye i Shipure, uwo izo Ntumwa zahimbye Barinaba, ari ko kuvuga “Urema abandi agatima”.

37 Yagurishije umurima yari afite ikiguzi agishyikiriza Intumwa.

—https://api-cdn.youversionapi.com/audio-bible-youversionapi/126/32k/ACT/4-82eadcee3e966c503ed696e209bb11a5.mp3?version_id=387—

Categories
Ibyakozwe n'Intumwa

Ibyakozwe n’Intumwa 5

Ananiya na Safira

1-2 Ariko umugabo witwaga Ananiya amaze kumvikana n’umugore we Safira, agurisha isambu yabo maze yisigira igice cy’ikiguzi, igisigaye agishyikiriza Intumwa za Kristo.

3 Petero aramubaza ati: “Ananiya, ni iki cyatumye ureka Satani akigarurira umutima wawe ukabeshya Mwuka Muziranenge, ugasigarana igice cy’ikiguzi cy’isambu yawe?

4 Mbese isambu utarayigurisha ntiyari iyawe, kandi umaze no kuyigurisha amafaranga ntiyari ayawe? Ni iki cyatumye wiyemeza kugenza utyo? Si abantu wabeshye ahubwo wabeshye Imana!”

5 Ananiya yumvise ayo magambo yitura hasi araca, ababyumvise bose bashya ubwoba.

6 Nuko abasore barahaguruka baramupfunya bajya kumuhamba.

7 Hashize nk’amasaha atatu umugore we arinjira, ariko ntiyari azi ibyabaye.

8 Petero aramubaza ati: “Cyo se ye, iki ni cyo kiguzi wowe n’umugabo wawe mwagurishije isambu yanyu?”

Aravuga ati: “Ni icyo ngicyo.”

9 Petero ni ko kumubwira ati: “Ni iki cyatumye muhuza inama yo kugerageza Mwuka wa Nyagasani? Umva imirindi y’abavuye guhamba umugabo wawe bageze ku muryango, nawe barakujyana.”

10 Ako kanya Safira amugwa imbere araca. Abasore binjiye basanga yapfuye, maze bajyana umurambo bawuhamba iruhande rw’uw’umugabo we.

11 Umuryango wose wa Kristo n’abumvise ibyabaye bose bashya ubwoba.

Intumwa za Kristo zikora ibitangaza byinshi

12 Intumwa zikomeza gukora ibitangaza no gutanga ibimenyetso byinshi muri rubanda, kandi bose bajyaga bakoranira ku ibaraza rya Salomobahuje umutima.

13 Ariko nubwo rubanda babashimaga, nta n’umwe watinyukaga kuhabasanga.

14 Nyamara abantu benshi cyane, abagabo n’abagore, bagumya kwiyongera ku basanzwe bemera Nyagasani.

15 Ibyo Intumwa zakoraga byatumaga abantu bazana abarwayi mu mihanda y’umujyi, bakabaryamisha ku mariri no mu ngobyi, kugira ngo igihe Petero ahita nibura igicucu cye kigere kuri bamwe muri bo.

16 Nuko rubanda nyamwinshi bagashika baturutse mu mijyi ikikije Yeruzalemu, bazanye abarwayi n’abahanzweho n’ingabo za Satani maze bose bagakira.

Intumwa zitotezwa

17 Umutambyi mukuru na bagenzi be bose bo mu ishyaka ry’Abasaduseyi bashengurwa n’ishyari.

18 Nuko bafata izo Ntumwa za Kristo bazishyira muri gereza rusange.

19 Nyamara muri iryo joro umumarayika wa Nyagasani akingura inzugi za gereza, abajyana hanze arababwira ati:

20 “Nimugende muhagarare mu rugo rw’Ingoro y’Imana, mubwire abantu iby’ubu bugingo bushya byose.”

21 Babyumvise bahita binjira mu rugo rw’Ingoro mu museke, batangira kwigisha.

Umutambyi mukuru na bagenzi be baraza, bakoranya urukiko rw’ikirenga rugizwe n’abahagarariye Abisiraheli bose, ni ko gutuma ngo bavane Intumwa muri gereza.

22 Abatumwe kubazana bageze muri gereza ntibabasangamo. Nuko baragaruka baravuga bati:

23 “Twasanze gereza idanangiye n’abarinzi bahagaze ku nzugi, ariko dukinguye ntitwagira n’umwe dusangamo.”

24 Babyumvise batyo umutware w’abarinzi b’Ingoro y’Imana n’abakuru bo mu batambyi, birabayobera bibaza uko bizagenda.

25 Nuko umuntu araza arababwira ati: “Dore ba bagabo mwashyize muri gereza bahagaze mu rugo rw’Ingoro y’Imana, barigisha rubanda!”

26 Uwo mutware ajyana n’abarinzi, bazana Intumwa batazakuye kuko batinyaga ko rubanda babatera amabuye.

27 Nuko bazihagarika imbere y’urukiko, maze Umutambyi mukuru arababaza ati:

28 “Twari twarabihanangirije kutigisha mwitwaje iryo zina, none inyigisho zanyu mwazikwije i Yeruzalemu mushaka kutugerekaho amaraso y’uwo muntu”.

29 Petero n’izindi Ntumwa barasubiza bati: “Tugomba kumvira Imana kuruta kumvira abantu.

30 Imana ya ba sogokuruza yazuye Yezu mumaze kumwica mumubambye ku musaraba,

31 imushyira hejuru iburyo bwayongo abe Umutegetsi n’Umukiza, kugira ngo ashoboze Abisiraheli kwihana ngo bababarirwe ibyaha.

32 Turi abagabo bo kubihamya – twe na Mwuka Muziranenge, uwo Imana yahaye abayumvira.”

33 Babyumvise batyo umujinya urabasya bashaka kubica.

34 Ariko muri urwo rukiko hari Umufarizayi witwaga Gamaliyeli, umwigisha w’Amategeko wubahwaga n’abantu bose. Arahaguruka ategeka ko baheza Intumwa akanya gato.

35 Nuko abwira abari mu rukiko ati: “Bisiraheli, mwitondere ibyo mugiye kugirira bariya bantu!

36 Hambere aha Teyuda yadutse avuga ko ari umuntu ukomeye, abantu nka magana ane baramuyoboka. Nyamara amaze kwicwa abantu be bose baratatana, ibyo yari atangiye birayoyoka.

37 Nyuma ye mu minsi y’ibarura, haduka Yuda w’Umunyagalileya arigomeka, abantu benshi baramukurikira. Nuko na we aricwa, abari baramwemeye bose baratatana.

38 Mureke mbagire inama: ntimugire icyo mutwara bariya bagabo mubihorere. Niba ibyo batekereza n’ibyo bakora bikomoka ku bantu bizayoyoka.

39 Ariko niba bikomoka ku Mana koko ntimuzabasha kubatsinda. Muramenye hato mutaba murwanya Imana.”

Nuko bemera iyo nama,

40 bahamagaza za Ntumwa barazikubita, bazibuza rwose kongera kwigisha ibyerekeye Yezu maze barazirekura.

41 Intumwa ziva mu rukiko zishimira ko zemerewe gusuzugurwa zihōrwa Yezu, zibyita amahirwe.

42 Nuko buri munsi ntizisibe kwigishiriza mu rugo rw’Ingoro y’Imana no mu ngo, zitangaza Ubutumwa bwiza ko Yezu ari we Kristo.

—https://api-cdn.youversionapi.com/audio-bible-youversionapi/126/32k/ACT/5-87e1504b336c5cf7903bc008df1ca376.mp3?version_id=387—

Categories
Ibyakozwe n'Intumwa

Ibyakozwe n’Intumwa 6

Abafasha b’Intumwa barindwi

1 Muri iyo minsi umubare w’abigishwa ba Kristo ukomeje kwiyongera, habaye ubwumvikane buke hagati y’Abayahudi bavuga ikigereki n’abavuga ikinyarameya. Abavuga ikigereki bitotomberaga ko abapfakazi babo batitabwaho, ngo bahabwe igaburorya buri munsi uko bikwiye.

2 Nuko Intumwa cumi n’ebyiri zikoranya imbaga y’abigishwa bose zirababwira ziti: “Ntibikwiye ko tureka kwigisha Ijambo ry’Imana ngo duhugire ku kugabura.

3 None rero bavandimwe, nimwitoremo abagabo barindwi bazwiho ko buzuye Mwuka w’Imana kandi ko bafite ubwenge, tubashinge uwo murimo.

4 Bityo twebwe tuzagumya kwibanda ku murimo wo gusenga no kwigisha Ijambo ry’Imana.”

5 Iyo nama y’Intumwa inyura abakoraniye aho bose. Nuko batoranya Sitefano umuntu wemeraga Kristo byimazeyo kandi wuzuye Mwuka Muziranenge, batoranya na Filipo na Porokori, na Nikanori na Timoni, na Parumena na Nikola wo mu mujyi wa Antiyokiya wari waremeye idini y’Abayahudi.

6 Abo bantu babashyikiriza Intumwa maze zirabasabira, zibarambikaho ibiganza.

7 Nuko Ijambo ry’Imana rikomeza gukwira, umubare w’abigishwa urushaho kwiyongera i Yeruzalemu, ndetse n’abatambyi benshi cyane barumvira bemera Kristo.

Sitefano afatwa

8 Sitefano wari waragiriye umugisha ku Mana ikamuha n’ububasha bwinshi, yakoraga ibitangaza agatanga n’ibimenyetso bikomeye muri rubanda.

9 Ariko abantu bamwe bo mu rusengero rw’abitwaga “Ababohowe”barahaguruka, bari Abayahudi bo muri Sirene no mu mujyi wa Alegisanderiya, hamwe n’abo mu ntara ya Silisiya n’iya Aziya. Abo bantu batangira kujya impaka na Sitefano.

10 Nyamara ntibashobora guhangana n’ubwenge bwari bumurimo, na Mwuka w’Imana wamuhaga icyo avuga.

11 Nuko bagurira abantu ngo bazavuge bati: “Twumvise avuga amagambo yo gutuka Musa n’Imana.”

12 Bahuruza rubanda n’abakuru b’imiryango n’abigishamategeko, maze baraza basumira Sitefano bamujyana mu rukiko rw’ikirenga.

13 Ni ko guhagurutsa abagabo bo kumushinja ibinyoma, barahamya bati: “Uyu muntu ntahwema gusebya iyi Ngoro y’Imana n’Amategeko.

14 Twumvise avuga ko Yezu uwo w’i Nazareti azasenya iyi Ngoro, agahindura n’imigenzo twahawe na Musa.”

15 Abanyarukiko bose bitegereje Sitefano babona mu maso he hasa n’ah’umumarayika.

—https://api-cdn.youversionapi.com/audio-bible-youversionapi/126/32k/ACT/6-712bd964dfbc6ec0a36f54e114e4224b.mp3?version_id=387—

Categories
Ibyakozwe n'Intumwa

Ibyakozwe n’Intumwa 7

Sitefano yiregura

1 Umutambyi mukuru abaza Sitefano ati: “Mbese ibyo bakuvugaho ni ukuri?”

2 Sitefano arasubiza ati: “Bavandimwe namwe babyeyi, nimunyumve: Imana nyir’ikuzo yabonekeye sogokuruza Aburahamu akiri muri Mezopotamiya atari yimukira i Harani,

3 iramubwira iti: ‘Va mu gihugu cyanyu, usige bene wanyu ujye mu gihugu nzakwereka.’

4 Nuko ava mu gihugu cy’Abanyakalideya ajya gutura i Harani. Nyuma y’urupfu rwa se Imana imuvanayo, imuzana muri iki gihugu mutuyemo ubu ngubu.

5 Imana ntiyigeze imukebera isambu ye bwite, habe ngo imuhe n’ahangana urwara, ahubwo yamusezeraniye kuzamuha iki gihugu ho gakondo we n’abazamukomokaho, kandi icyo gihe Aburahamu yari ataragira umwana.

6 Imana ni ko kumubwira iti: ‘Abazagukomokaho bazasuhukira mu kindi gihugu bakimaremo imyaka magana ane yose, bazafatwa nabi bakoreshwe n’imirimo y’agahato.

7 Ariko nzahana igihugu kizabakoresha agahato, hanyuma bazakivamo maze bansengere aha hantu.’ Uko ni ko Imana yavuze.

8 Nuko igirana na we Isezerano rirangwa n’umuhango wo gukebwa. Hanyuma abyaye Izaki amukeba ku munsi wa munani. Ni na ko Izaki yagenje Yakobo, maze na we abigenza atyo kuri ba sogokuruzauko ari cumi na babiri.

9 “Ba sogokuruza abo bagirira Yozefu ishyari, baramugurisha ajyanwa mu Misiri, ariko Imana ibana na we

10 imugobotora mu magorwa ye yose. Imuha ubwenge no gutona ku mwami wa Misiri, maze amugira umutegetsi ugenga igihugu n’urugo rwe rwose.

11 Hanyuma inzara itera hose mu Misiri no muri Kanāni, habaho amagorwa akomeye ba sogokuruza barasonza.

12 Nuko Yakobo yumvise ko mu Misiri hari ibiribwa, yoherezayo ba sogokuruza ubwa mbere.

13 Bagiyeyo ubwa kabiri Yozefu yibwira bene se, ni bwo umwami wa Misiri amenyanye n’umuryango wa Yozefu.

14 Yozefu atumira se Yakobo n’umuryango we wose, bari abantu mirongo irindwi na batanu.

15 Nuko Yakobo yimukira mu Misiri, asazirayo we na ba sogokuruza.

16 Imirambo yabo ijyanwa i Shekemu, ihambwa mu mva Aburahamu yari yaraguze na bene Hamori.

17 “Igihe kigeze ngo bibe nk’uko Imana yasezeraniye Aburahamu, umuryango wacu wari umaze kugwirira cyane mu Misiri.

18 Ni bwo mu Misiri himye undi mwami utarigeze amenya ibya Yozefu.

19 Uwo mwami mushya apyinagaza umuryango wacu, agirira nabi ba sogokuruza, ageza aho abahatira kujugunya impinja zabo ku gasi ngo zitabaho.

20 Ubwo ni bwo Musa avutse ari umwana mwiza bihebuje. Nuko arererwa imuhira amezi atatu.

21 Bamuhisha mu gasozi ariko umukobwa w’umwami aramwitorera, amurera nk’umwana we bwite.

22 Musa yigishwa ubuhanga bwose bw’Abanyamisiri, aba ikirangirire mu byo avuga no mu byo akora.

23 “Musa amaze imyaka mirongo ine avutse, yiyemeje kujya gusura bene wabo b’Abisiraheli.

24 Abona umwe muri bo agirirwa nabi n’Umunyamisiri aramurengera, aramuhōrera yica uwo Munyamisiri.

25 Musa yibwiraga ko bene wabo bamenyeraho ko ari we Imana yatumye kubakiza, ariko ntibabisobanukirwa.

26 Bukeye asanga Abisiraheli babiri barwana, agerageza kubakiranura ati: ‘Mwa bagabo mwe, murapfa iki kandi muri abavandimwe?’

27 Uwarenganyaga mugenzi we asunika Musa amuhinda ati: ‘Ni nde wakugize umutware cyangwa umucamanza wacu?

28 Mbese urashaka kunyica nk’uko ejo wishe wa Munyamisiri?’

29 Musa abyumvise arahunga ajya gutura mu gihugu cya Midiyani, ahabyarira abahungu babiri.

30 “Imyaka mirongo ine ishize abonekerwa n’umumarayika mu gihuru cyaka umuriro, mu butayu bw’umusozi wa Sinayi.

31 Musa abibonye aratangara, ashatse kwegera ngo yitegereze yumva Nyagasani avuga ati:

32 ‘Ndi Imana ya ba sokuruza, Imana ya Aburahamu na Izaki na Yakobo.’ Musa ahinda umushyitsi kubera ubwoba, ntiyatinyuka kubyitegereza.

33 Nuko Nyagasani aramubwira ati: ‘Kuramo inkweto kuko uhagaze ahantu nitoranyirije.

34 Nabonye uko ubwoko bwanjye bukoreshwa agahato mu Misiri, numva no gutaka kwabwo. None ndamanutse ngo mbutabare. Nuko rero ngwino ngutume mu Misiri.’

35 “Musa uwo bene wabo bari baramwanze bamubaza bati: ‘Ni nde wakugize umutware cyangwa umucamanza wacu?’ Nyamara ni we Imana yohereje kubabera umutware n’umutabazi, imutumyeho umumarayika wamubonekereye muri cya gihuru.

36 Musa ni we wabavanye mu Misiri akora ibitangaza, atanga n’ibimenyetso muri icyo gihugu, ku Nyanja Itukura no mu butayu mu gihe cy’imyaka mirongo ine.

37 Ni we wabwiye Abisiraheli ati: ‘Imana izabatumaho umuhanuzi umeze nkanjye ukomoka muri mwe.’

38 Musa uwo ni we wari mu ikoraniro ry’Abisiraheli mu butayu, yari hamwe na ba sogokuruza, akaba ari hamwe na none na wa mumarayika bavuganaga ku musozi wa Sinayi. Ni na we wahaherewe amagambo y’ubugingo ngo ayadushyikirize.

39 “Ariko ba sogokuruza banga kumwumvira baramuhinda, ndetse bifuza kwisubirira mu Misiri.

40 Babwira Aroni bati: ‘Turemere imana zo kutuyobora, kuko Musa wa muntu wadukuye mu Misiri tutazi icyamubayeho.’

41 Ubwo ni bwo bacuze ishusho y’ikimasa bagitambira igitambo, bityo bishimira ikintu bakuye mu bukorikori bwabo.

42 Nuko Imana irabazibukira, irabareka ngo basenge inyenyeri nk’uko byanditswe mu gitabo cy’abahanuzi ngo

‘Mwa Bisiraheli mwe,

ya myaka mirongo ine mwamaze mu butayu

sinigeze mbaka ibitambo n’amaturo.

43 Nyamara mwahetse ihema ry’ikigirwamana Moleki

n’ishusho y’inyenyeri y’ikigirwamana Refani,

ni yo mashusho mwaremeye kuramya.

Nuko rero nzatuma mujyanwa ho iminyago babarenze i Babiloni.’

44 “Mu butayu ba sogokuruza bari bafite Ihema rihamya Isezerano Imana yagiranye na bo, rya rindi yari yategetse Musa gushinga akurikije urugero yamweretse.

45 Hanyuma ba sogokuruza bahererekanya iryo Hema kugeza mu gihe cya Yozuwe, aba ari we ubayobora baza kwigarurira iki gihugu Imana imaze kucyirukanamo amahanga, rirahaguma kugeza mu gihe cya Dawidi.

46 Dawidi uwo yatonnye ku Mana, asaba uburenganzira bwo kubakira Imana ya Yakobo Inzu.

47 Nyamara ni Salomo wayubakiye iyo Nzu.

48 “Ariko Usumbabyose ntaba mu mazu yubatswe n’abantu, nk’uko byavuzwe n’umuhanuzi ati:

49 ‘Ijuru ni intebe yanjye ya cyami,

naho isi ni akabahonkandagizaho ibirenge.

None se muzanyubakira nzu ki?

Ni hehe mubona ko natura?

50 Mbese si jye waremye ibyo byose?’

51 “Yemwe bantu b’ibyigomeke! Yemwe bantu batagira umutima kandi b’ibipfamatwi! Muri kimwe na ba sokuruza, muhora murwanya Mwuka Muziranenge!

52 Mbese hari umuhanuzi n’umwe ba sokuruza batatoteje? Ese ntibishe n’abahanuye kuza kwa ya Ntungane? None namwe ni yo mwagambaniye murayica.

53 Mwahawe Amategeko y’Imana muyashyikirijwe n’abamarayika, nyamara ntimwayakurikiza.”

Sitefano yicishwa amabuye

54 Abari aho bumvise ibyo Sitefano avuze, bicwa n’uburakari bamuhekenyera amenyo.

55 Naho Sitefano yuzura Mwuka Muziranenge, ahanga amaso mu ijuru abona ikuzo ry’Imana na Yezu ahagaze iburyo bwayo.

56 Aravuga ati: “Dore ndareba ijuru rikinguye, n’Umwana w’umuntu ahagaze iburyo bw’Imana.”

57 Baherako bavuza induru barasakuza cyane, baziba amatwi bamwiroheraho icyarimwe,

58 baramukurubana bamuvana mu mujyi maze bamutera amabuye. Abamushinjaga basigira imyitero yabo umusore witwaga Sawuli.

59 Bakimutera amabuye Sitefano arasenga ati: “Nyagasani Yezu, nyakira.”

60 Nuko arapfukama avuga aranguruye ati: “Nyagasani, ubababarire iki cyaha.” Akimara kuvuga atyo araca.

—https://api-cdn.youversionapi.com/audio-bible-youversionapi/126/32k/ACT/7-36dea327e4a294f334f23e1ce4eb04cb.mp3?version_id=387—

Categories
Ibyakozwe n'Intumwa

Ibyakozwe n’Intumwa 8

1 Ibyo kwica Sitefano Sawuli yari abishyigikiye.

Sawuli atoteza abemeye Kristo

Uwo munsi Abakristo b’i Yeruzalemu batangira gutotezwa bikomeye. Uretse Intumwa, bose batatanira mu ntara ya Yudeya n’iya Samariya.

2 Abantu bubahaga Imana bashyingura Sitefano kandi baramuririra cyane.

3 Naho Sawuli we agumya kuyogoza Umuryango wa Kristo. Yavaga mu rugo akajya mu rundi, agakurubana abagabo n’abagore akabata muri gereza.

Ubutumwa bwiza butangazwa muri Samariya

4 Abatatanye bagenda hose bamamaza Ubutumwa bwiza.

5 Filipo we ajya mu mujyi wo muri Samariya, atangariza abaho ibya Kristo.

6 Rubanda bitondera ibyo Filipo avuga, bose bagahuza umutima mu kubyumva no kureba ibitangaza yakoraga.

7 Ingabo za Satani zavaga mu bantu benshi zomongana, kandi abamugaye benshi n’abacumbagiraga bagakira.

8 Nuko muri uwo mujyi hakaba ibyishimo byinshi.

9 Muri uwo mujyi kandi hari umugabo witwaga Simoni wari usanzwe aragura agatangaza Abanyasamariya, akiyita umuntu w’akataraboneka.

10 Nuko abantu bose bakamurangarira, abakuru n’abato bavuga bati: “Uyu muntu arimo ububasha bw’Imana, ubwo bita Indahangarwa.”

11 Bamuhugiraho kuko bari bamaze igihe batangazwa n’ubupfumu bwe.

12 Bamaze kwemera Ubutumwa bwiza Filipo yabazaniye yerekeye ubwami bw’Imana na Yezu Kristo, abagabo n’abagore barabatizwa.

13 Nuko Simoni na we yemera izo nyigisho arabatizwa, yihambira kuri Filipo. Abonye ibimenyetso atanze n’ibitangaza bikomeye akoze arumirwa.

14 Intumwa za Kristo zari i Yeruzalemu zumvise ko abo muri Samariya bemeye Ijambo ry’Imana, ziboherereza Petero na Yohani.

15 Bagezeyo barabasabira ngo bahabwe Mwuka Muziranenge,

16 kuko ari nta n’umwe muri bo yari yamanukiraho, ariko gusa bari barabatijwe mu izina rya Nyagasani Yezu.

17 Petero na Yohani bamaze kubarambikaho ibiganza, abo bantu bahita bahabwa Mwuka Muziranenge.

18 Simoni abonye uko abo Intumwa za Kristo zirambitseho ibiganza bahawe Mwuka Muziranenge, azanira amafaranga Petero na Yohani arababwira ati:

19 “Mumpe nanjye ubwo bushobozi, kugira ngo uwo nzarambikaho ibiganza ahabwe Mwuka Muziranenge.”

20 Petero aramubwira ati: “Uragapfana n’amafaranga yawe! Ubonye ngo utekereze ko wagura impano y’Imana amafaranga!

21 Ntaho uhuriye n’ibi ngibi, nta n’icyo byakungura kuko imigambi yawe itagororokeye Imana.

22 Nuko rero wihane ubwo bugome bwawe maze usabe Nyagasani, urebe ko yakubabarira uwo mugambi wagize.

23 Erega ndasanga umazwe n’ishyari kandi wahambiranye n’ubuhemu!”

24 Simoni ni ko gusubiza ati: “Munsabire Nyagasani, kugira ngo hatagira ikimbaho mu byo mumaze kuvuga.”

25 Petero na Yohani bamaze kwemeza abantu ibyo biboneye no kubabwira ijambo rya Nyagasani, basubira i Yeruzalemu. Bari mu nzira bamamaza Ubutumwa bwiza mu mirenge myinshi yo muri Samariya.

Filipo ahura n’Umunyetiyopiya

26 Umumarayika wa Nyagasani abwira Filipo ati: “Haguruka ugende werekeje mu majyepfo, ufate umuhanda utakiri nyabagendwa uva i Yeruzalemu ugana i Gaza.”

27 Nuko Filipo arahaguruka aragenda, ahura n’Umunyetiyopiya wari icyegeracya Kandakeumwamikazi w’Abanyetiyopiya, ari na we ugenga imari ye yose. Yari yaragiye i Yeruzalemu gusenga Imana.

28 Mu gihe yari mu nzira ataha, yari yicaye mu igare rye asoma igitabo cy’umuhanuzi Ezayi.

29 Mwuka w’Imana abwira Filipo ati: “Egera uriya mugabo wicaye mu igare mugendane.”

30 Filipo ariruka maze yumva wa mugabo asoma igitabo cy’umuhanuzi Ezayi, aramubaza ati: “Mbese aho ibyo usoma urabyumva?”

31 Undi aramusubiza ati: “Nkabyumva nte se ntabonye unsobanurira?”

Nuko asaba Filipo kurira ngo bicarane mu igare.

32 Ibyo yasomaga mu Byanditswe byari ibi ngo:

“Yajyanywe nk’intama bajyana mu ibagiro,

yabaye nk’umwana w’intama uceceka bawukemura ubwoya,

ntiyigeze abumbura umunwa.

33 Bamucishije bugufi ntihagira umurengera.

Ni nde uzamenyekanisha urubyaro rwe ko nta cyo yasize?

Koko yakuwe ku isi.”

34 Uwo mugaragu w’umugabekazi abaza Filipo ati: “Mbese ni nde umuhanuzi yavuzeho ibyo ngibyo? Ni we wivugaga, cyangwa ni undi muntu yavugaga?”

35 Filipo ahera kuri ibyo byanditswe, amubwira Ubutumwa bwiza bwerekeye Yezu.

36 Bagikomeje uwo muhanda baza guhita ahantu hari amazi. Wa mugabo ni ko kugira ati: “Dore amazi hano! None se nabuzwa n’iki kubatizwa?”

[

37 Filipo aramusubiza ati: “Niba wemera Yezu n’umutima wawe wose, ushobora kubatizwa.”

Na we ati: “Nemeye Yezu Kristo ko ari Umwana w’Imana.”]

38 Nuko ategeka guhagarika igare, we na Filipo bombi baramanuka bajya mu mazi, Filipo aramubatiza.

39 Bavuye mu mazi Mwuka wa Nyagasani ajyana Filipo, uwo mugaragu w’umugabekazi ntiyongera kumubona. Nuko akomeza urugendo rwe yishimye.

40 Filipo agiye kubona asanga ari ahitwa Azoto, maze agenda yamamaza Ubutumwa bwiza mu mijyi yose kugeza aho yagereye i Kayizariya.

—https://api-cdn.youversionapi.com/audio-bible-youversionapi/126/32k/ACT/8-4ef0240a22da1f41759a3e794d2c6330.mp3?version_id=387—

Categories
Ibyakozwe n'Intumwa

Ibyakozwe n’Intumwa 9

Sawuli yemera Yezu

1 Sawuli we nta kindi yahozaga ku rurimi kitari ugukangisha abigishwa ba Nyagasani ko bicwa. Nuko ajya ku Mutambyi mukuru,

2 amusaba inzandiko zo gushyikiriza abakuru b’insengero z’Abayahudi z’i Damasi, kugira ngo nabonayo abayobotse inzira ya Yezu, baba abagabo cyangwa abagore, bose abafate abazane i Yeruzalemu.

3 Ari mu nzira agenda agiye kugera i Damasi, agiye kubona abona agoswe n’umucyo uvuye mu ijuru.

4 Yitura hasi, yumva ijwi ry’umuhamagara ati: “Sawuli! Sawuli! Untotereza iki?”

5 Arabaza ati: “Uri nde Nyagasani?”

Yumva usubiza ati: “Ndi Yezu uwo utoteza.

6 Ariko haguruka ujye mu mujyi, uzahabwirirwa icyo ugomba gukora.”

7 Abagabo bagendanaga na Sawuli bari bahagaze badakoma. Bumvaga ijwi ariko ntibabone uvuga.

8 Sawuli arabaduka, maze abumbuye amaso ntiyabona. Nuko baramurandata bamujyana i Damasi.

9 Amarayo gatatu atareba, atarya kandi atanywa.

10 I Damasi rero hakaba umwigishwa wa Kristo witwaga Ananiya. Nyagasani aramubonekera aramuhamagara ati: “Ananiya!”

Undi arasubiza ati: “Karame Nyagasani.”

11 Nyagasani aramubwira ati: “Haguruka ujye ku muhanda witwa Ugororotse, ugere kwa Yuda ubazeyo umuntu witwa Sawuli ukomoka i Tarisi. Ubu arasenga.

12 Amaze kubonekerwa abona umuntu witwa Ananiya yinjira, akamurambikaho ibiganza kugira ngo ahumuke.”

13 Ananiya arasubiza ati: “Nyagasani, numvise benshi bavuga iby’uwo mugabo, ukuntu yagiriye nabi intore zawe z’i Yeruzalemu.

14 None dore yaje ino ahawe uburenganzira n’abakuru bo mu batambyi, kugira ngo afate abantu bose basenga mu izina ryawe.”

15 Ariko Nyagasani abwira Ananiya ati: “Genda kuko uwo muntu ari igikoresho nitoranyirije kugira ngo amenyekanishe mu mahanga, no mu bami bayo no mu rubyaro rwa Isiraheli.

16 Nanjye nzamwereka uburyo bwose azagomba kubabazwa ari jye ahorwa.”

17 Nuko Ananiya aragenda. Ageze mu nzu arambika ibiganza kuri Sawuli, aramubwira ati: “Muvandimwe Sawuli, Nyagasani wakubonekeye uri mu nzira uza ino, akuntumyeho kugira ngo uhumuke kandi wuzuzwe Mwuka Muziranenge.”

18 Muri ako kanya utuntu dusa n’udushishwa dutunguka ku maso ye, tugwa hasi maze abona yongeye kureba. Arahaguruka arabatizwa.

19 Amaze kurya, abona intege.

Sawuli atangaza ibya Yezu i Damasi

Sawuli amarana iminsi n’abigishwa ba Kristo bari i Damasi.

20 Ahita atangira kwamamaza ibya Yezu mu nsengero z’Abayahudi, avuga ko ari we Mwana w’Imana.

21 Abamwumvaga bose baratangaraga, bakabaza bati: “Mbese uyu si we watsembaga abasenga mu izina rya Yezu b’i Yeruzalemu? None se kandi ntiyazanywe hano no kugira ngo abafate abajyane, abashyikirize abakuru bo mu batambyi?”

22 Nyamara Sawuli arushaho kunguka ububasha, agatsinda impaka Abayahudi bari batuye i Damasi, abemeza ko Yezu ari we Kristo.

23 Hashize iminsi myinshi Abayahudi bajya inama yo kwica Sawuli.

24 Nyamara Sawuli amenya uwo mugambi wabo. Barindaga amarembo y’umujyi ijoro n’amanywa kugira ngo babone uko bamwica.

25 Ariko abigishwa be bamucikisha nijoro, bamwururukiriza ku rukuta rw’umujyi bamumanuriye mu gitebo.

Sawuli i Yeruzalemu

26 Sawuli ageze i Yeruzalemu agerageza kwifatanya n’abigishwa ba Kristo. Nyamara bose baramutinya ntibamushira amakenga, kuko batemeraga ko yabaye umwigishwa we koko.

27 Nuko Barinaba aramujyana amushyikiriza Intumwa za Kristo, azitekerereza uko Sawuli yabonekewe na Nyagasani mu nzira akavugana na we. Ababwira n’uburyo Sawuli yigishije mu izina rya Yezu i Damasi, ashize amanga.

28 Nuko Sawuli agumana na bo, akagendagenda hose i Yeruzalemu nta cyo yikanga, ari na ko atangaza ibya Nyagasani ashize amanga.

29 Yaganiraga n’Abayahudi bavugaga ikigereki ndetse akajya impaka na bo, ariko bo bagashaka kumwica.

30 Abavandimwebabimenye baramuherekeza bamugeza i Kayizariya, maze bamwohereza i Tarisi.

31 Ubwo abagize Umuryango wa Kristo bari bafite amahoro muri Yudeya hose, no muri Galileya no muri Samariya. Bityo barakomera bagumya kubaha Nyagasani, bariyongera bafashijwe na Mwuka Muziranenge.

Eneya akira ubumuga

32 Ubwo Petero yagendagendaga igihugu cyose, igihe kimwe ajya gusura intore z’Imana zari zituye i Lida.

33 Ahasanga umugabo witwa Eneya, wari umaze imyaka umunani atava mu buriri kubera ubumuga.

34 Petero aramubwira ati: “Eneya, Yezu Kristo aragukijije, haguruka wisasire.”

Uwo mwanya arahaguruka.

35 Abaturage bose b’i Lida n’abo mu kibaya cya Sharoni babibonye, bayoboka Nyagasani.

Tabita azuka

36 I Yope hari umwigishwakazi wa Kristo witwaga Tabita (mu kigereki ni Doruka, risobanurwa ngo “ingeragere”). Uwo mugore yahoraga agira neza kandi agafasha abakene.

37 Muri iyo minsi aza gufatwa n’indwara maze arapfa. Bamaze kūhagira umurambo, bawuryamisha mu cyumba cyo mu nzu yo hejuru.

38 Abigishwa ba Kristo b’i Yope bumvise yuko Petero ari i Lida bugufi bw’i Yope, bamutumaho abagabo babiri baramwinginga bati: “Nyamuneka, ntutindiganye kuza iwacu!”

39 Nuko Petero arahaguruka ajyana na bo. Ahageze bamujyana muri cya cyumba cyo hejuru. Abapfakazi bose bari bamukikije barira, bamwereka amakanzu n’amakote Doruka yabadodeye akiriho.

40 Nuko Petero arabaheza bose maze arapfukama arasenga. Ni ko kugana ku murambo aravuga ati: “Tabita, haguruka!”

Tabita abumbura amaso, maze abonye Petero areguka aricara.

41 Petero amufata ukuboko aramuhagurutsa, ahamagaza intore z’Imana zarimo ba bapfakazi, amubashyikiriza ari muzima.

42 Iyo nkuru imenyekana i Yope hose, bituma abantu benshi bemera Nyagasani.

43 Nuko Petero amara iminsi myinshi i Yope, acumbitse ku mukannyi witwa Simoni.

—https://api-cdn.youversionapi.com/audio-bible-youversionapi/126/32k/ACT/9-67b42633eaf6eed29e1107dfef14b5b4.mp3?version_id=387—

Categories
Ibyakozwe n'Intumwa

Ibyakozwe n’Intumwa 10

Koruneli atumira Petero

1 I Kayizariya hāri umuntu witwaga Koruneli, akaba n’umukapiteni mu mutwe w’ingabo z’Abanyaroma zaturutse mu Butaliyani.

2 Yari umuntu wubaha Imana akayitinya, we n’abo mu rugo rwe bose. Yagiriraga ubuntu bwinshi abakene kandi yambazaga Imana ubudasiba.

3 Nuko umunsi umwe nk’isaa cyenda z’amanywa aza kubonekerwa. Yibonera umumarayika w’Imana yinjira iwe. Aramubwira ati: “Koruneli!”

4 Agira ubwoba bwinshi atumbira uwo mumarayika, aravuga ati: “Karame Nyagasani.”

Umumarayika aramubwira ati: “Amasengesho yawe n’ubuntu ugirira abakene byageze ku Mana mu ijuru, birayishimisha.

5 Nuko rero ohereza abantu i Yope nonaha, utumize umuntu uhari witwa Simoni wahimbwe Petero.

6 Acumbitse mu rugo rw’umukannyi witwa Simoni, utuye ku nyanja.”

7 Hanyuma umumarayika bavuganaga arigendera. Nuko Koruneli ahamagara abagaragu babiri bo mu rugo rwe, n’umwe mu basirikari bamukoreraga wari umuntu wubaha Imana.

8 Amaze kubatekerereza ibyo byose abohereza i Yope.

9 Bukeye bwaho bakiri mu nzira, bageze hafi y’umujyi wa Yope, Petero ni bwo yuriraga ajya hejuru y’inzugusenga, ubwo hari mu masaa sita.

10 Atangira gusonza ashaka kurya. Mu gihe bategura ibyokurya, agira atya aratwarwa.

11 Abona ijuru rikingutse, ikintu kimeze nk’umwenda munini urambuye, gifashwe ku mitwe ine, kimanuka kiza ku isi.

12 Muri cyo harimo amoko yose y’amatungo n’inyamaswa n’ibikururuka hasi n’inyoni.

13 Yumva ijwi ry’umubwira ati: “Petero, haguruka ubage urye!”

14 Ariko Petero aravuga ati: “Oya Nyagasani! Sinigeze kurya ikintu cyose kitaribwa cyangwa gihumanye.”

15 Yumva iryo jwi ry’umubwira ubwa kabiri ati: “Ibyo Imana yahumanuye ntukabyite ibihumanye!”

16 Biba bityo gatatu, cya kintu giherako gisubizwa mu ijuru.

17 Nuko Petero acyibaza ku byo yeretswe ngo amenye icyo bishaka kuvuga, aboherejwe na Koruneli bari bayoboje aho urugo rwa Simoni ruherereye, baba bageze ku muryango.

18 Barahamagara barabaza bati: “Mbese hari umushyitsi uri hano witwa Simoni Petero?”

19 Mu gihe Petero atekereza ku byo yeretswe, ni bwo Mwuka amubwiye ati: “Dore hano hari abantu batatubagushaka.

20 None haguruka umanuke, ujyane na bo utagira icyo wishisha kuko ari jye wabohereje.”

21 Ubwo Petero aramanuka asanga abo bagabo, arababwira ati: “Uwo mushaka ni jye. Muragenzwa n’iki?”

22 Baramusubiza bati: “Twatumwe n’umukapiteni Koruneli. Ni umuntu w’intungane, wubaha Imana kandi ashimwa cyane n’ubwoko bwose bw’Abayahudi. Yabwiwe n’umwe mu bamarayika baziranenge kugutumira iwe ngo yumve icyo umubwira.”

23 Petero ni ko kubinjiza mu nzu arabacumbikira.

Bukeye, arahaguruka ajyana na bo. Abavandimwe bamwe b’i Yope baramuherekeza.

24 Bukeye bwaho Petero agera i Kayizariya, asanga Koruneli abategereje ari kumwe na bene wabo, n’incuti ze z’amagara yari yatumiye.

25 Petero agiye kwinjira mu nzu Koruneli aramusanganira, yikubita hasi imbere ye aramuramya.

26 Ariko Petero aramwegura agira ati: “Haguruka! Nanjye ndi umuntu nkawe.”

27 Yinjirana na Koruneli mu nzu bavugana, asanga hateraniye abantu benshi.

28 Arababwira ati: “Muzi neza ko nta Muyahudi wemererwa n’idini kugirana umubano n’abanyamahanga, haba no kugera mu ngo zabo. Nyamara Imana yanyeretse ko nta muntu nkwiriye kunena cyangwa ngo mufate nk’uhumanye.

29 Ni na yo mpamvu mumaze kuntumira, nahise nza n’umutima ukunze. None ndababaza icyo mwantumiriye.”

30 Koruneli aravuga ati: “Ejo bundi buriya nko muri aya masaha, mbese nk’isaa cyenda, nari ndi mu nzu nsenga. Ngiye kubona mbona umugabo wambaye imyenda irabagirana ahagaze imbere yanjye.

31 Aravuga ati: ‘Koruneli! Imana yumvise amasengesho yawe, kimwe n’ubuntu ugirira abakene birayishimisha.

32 Nuko none ohereza abantu i Yope, utumire uwitwa Simoni wahimbwe Petero. Ubu acumbitse kwa Simoni w’umukannyi utuye ku nyanja.’

33 Mperako rero ngutumaho, nawe ugize neza ko uje. Ubu twese turi hano imbere y’Imana, kugira ngo twumve ibintu byose Nyagasani yagutumye kutubwira.”

Petero avuga icyamuzanye

34 Nuko Petero aratangira aravuga ati: “Ni ukuri mbonye ko Imana ifata abantu bose kimwe.

35 Yemera uwo mu bwoko bwose uyubaha agakora ibitunganye.

36 Imana yoherereje urubyaro rwa Isiraheli Ubutumwa bwiza bw’amahoro abonerwa muri Yezu Kristo, ari we Mutegetsi wa bose.

37 Muzi ibyabaye muri Galileya bigakwira no mu ntara yose ya Yudeya, Yohani amaze kwamamaza ibyerekeye kubatizwa.

38 Muzi n’ibya Yezu w’i Nazareti, ukuntu Imana yamusutseho Mwuka Muziranenge, ikamuha n’ububasha akagenda hose agirira abantu neza, akiza abo Satani yatwazaga igitugu bose bitewe n’uko Imana yari kumwe na we.

39 Kandi rero ni twe bagabo b’ibyo yakoze byose, i Yeruzalemu n’ahandi mu gihugu cy’Abayahudi. Baramwishe bamubambye ku musaraba.

40 Ariko Imana imuzura ku munsi wa gatatu imuha kwiyerekana.

41 Ntiyiyereka rubanda rwose, ahubwo yiyereka abagabo Imana yatoranyije mbere ngo bahamye ibye, abo ni twe twasangiye na we amaze kuzuka.

42 Nuko adutegeka kwamamaza ibye muri rubanda, no kwemeza ko ari we washyizweho n’Imana kuba umucamanza w’abazima n’abapfuye.

43 Abahanuzi bose bemeje ibya Yezu, bavuga ko kubera ububasha bwe buri wese umwizera ababarirwa ibyaha bye.”

Abatari Abayahudi bahabwa Mwuka Muziranenge.

44 Petero akivuga ibyo Mwuka Muziranenge amanukira ku bumvaga amagambo ye bose.

45 Abemeye Yezu bo mu Bayahudi bari bavanye i Yope na Petero, batangazwa cyane no kubona abo mu yandi mahanga Imana ibagabira impano ari yo Mwuka Muziranenge,

46 kuko bumvaga bavuga indimi zindi kandi baha Imana ikuzo.

Petero aravuga ati:

47 “Aba bantu bahawe Mwuka Muziranenge nk’uko natwe twamuhawe. None se hari uwabima amazi ngo be kubatizwa?”

48 Nuko ategeka ko babatizwa mu izina rya Yezu Kristo, maze basaba Petero kugumana na bo nibura iminsi mike.

—https://api-cdn.youversionapi.com/audio-bible-youversionapi/126/32k/ACT/10-78f89f16ba39690c5df919ab01853f45.mp3?version_id=387—