Categories
Ibyahishuwe

Ibyahishuwe 11

Abahamya babiri

1 Nyuma mpabwa ikibingo cyo gupimisha, barambwira ngo: “Haguruka ufate ingero z’Ingoro y’Imana n’iz’urutambiro rwayo, kandi ubarure n’abayisengeramo.

2 Icyakora ntufate ingero z’ikigo kizengurutse Ingoro, kuko cyo cyagizwe icy’abanyamahanga. Bazaribata umurwa w’Imanahashire amezi mirongo ine n’abiri.

3 Nzatuma abahamya babiri bo guhamya ibyanjye, maze bagende bambaye imyambaro igaragaza akababaro bahanure bavuge ibyo mbatumye, hashire iminsi igihumbi na magana abiri na mirongo itandatu.”

4 Abo bahamya bombi ni bo bya biti by’iminzenze bibiri, ni na bo ya matara abiri ateretswe imbere ya Nyagasani ugenga isi.

5 Iyo hagize ushaka kubagirira nabi, umuriro uva mu kanwa kabo ugatwika abanzi babo. Uko ni ko ushaka kubagirira nabi agomba kwicwa.

6 Bafite ubushobozi bwo gutegeka ijuru imvura ntigwe, kugeza igihe bazarangiriza guhanura. Bafite n’ubushobozi bwo guhindura amazi amaraso, no guteza isi ibyorezo by’ubwoko bwose igihe cyose babishakiye.

7 Nibarangiza guhamya ibyo batumwe igikōko kizava ikuzimu kibatere, kibatsinde maze kibice.

8 Nuko imirambo yabo izanama mu muhanda mukuru wa wa mujyi mugari, ha handi Umwami wabo yabambwe ku musaraba. Ku buryo bwo kugereranya, uwo mujyi witwa Sodoma na Misiri.

9 Abo mu moko yose n’imiryango yose n’abavuga indimi izo ari zo zose, n’abo mu mahanga yose bazashungera iyo mirambo be kwemera ko ihambwa, hashire iminsi itatu n’igice.

10 Abo bahanuzi bombi abatuye isi yose bazabishima hejuru banezezwe n’uko bapfuye, maze bohererezanye impano zo kwishima kuko abo bombi bari bababaje cyane abatuye isi.

11 Nyamara iminsi itatu n’igice ishize umwuka w’ubugingo uturutse ku Mana winjira muri bo, maze barahaguruka bahagarara bemye, abababonye bashya ubwoba.

12 Abo bahanuzi bumva ijwi ry’uvugira mu ijuru avuga cyane ati: “Nimuzamuke muze hano!” Baherako bazamukira mu gicu, bajya mu ijuru abanzi babo babareba.

13 Muri ako kanya haba umutingito w’isi ukaze maze kimwe cya cumi cy’umujyi kirasenyuka, abantu ibihumbi birindwi bahitanwa na wo. Abasigaye utahitanye bashya ubwoba, maze baha Imana nyir’ijuru ikuzo.

14 Dore icyago cya kabiri kirahise. Nyamara, icya gatatu kigiye kuza bidatinze.

Impanda ya karindwi ivuzwa

15 Hanyuma umumarayika wa karindwi avuza impanda. Mu ijuru humvikana amajwi y’abavuga cyane bati: “Ukwiriye kwima ingoma ngo ategeke iyi si ni Nyagasani Imana yacu hamwe na Kristo yatoranyije, kandi izayigenga iteka ryose.”

16 Nuko ba bakuru makumyabiri na bane bicaye imbere y’Imana ku ntebe zabo za cyami, bikubita hasi baramya Imana

17 bavuga bati:

“Nyagasani Mana Ishoborabyose, wowe uriho kandi wahozeho,

tugushimiye ko wakoresheje ububasha bukomeye

ufite ukima ingoma.

18 Abanyamahanga bararakaye,

ariko none igihe kirageze ngo uburakari bwawe bugaragare.

Ni igihe cyo gucira abapfuye imanza,

no kugororera abagaragu bawe b’abahanuzi

n’intore zawe zose zigutinya,

ari aboroheje ari n’abakomeye.

Ni igihe cyo gutsembaho abatsemba isi.”

19 Mu ijuru Ingoro y’Imana iherako irakinguka, Isanduku y’Isezerano iyirimo iraboneka. Imirabyo irarabya, amajwi ararangīra, inkuba zirahinda, isi iratigita hagwa n’urubura rukaze.

—https://api-cdn.youversionapi.com/audio-bible-youversionapi/126/32k/REV/11-2cc71914c3772ac45b656686d2ce495d.mp3?version_id=387—

Categories
Ibyahishuwe

Ibyahishuwe 12

Umugore n’ikiyoka

1 Hanyuma mu ijuru haboneka ikimenyetso gikomeye. Yari umugore wambaye izuba, ushinze ibirenge ku kwezi, kandi mu mutwe akaba yambaye ikamba rigizwe n’inyenyeri cumi n’ebyiri.

2 Yari ku nda atakishwa n’ibise byamuryaga.

3 Hanyuma ikindi kimenyetso kiboneka mu ijuru. Cyari ikiyoka cya kabutindi cy’urutukugifite imitwe irindwi n’amahembeicumi, kandi kuri buri mutwe cyari cyambaye ikamba.

4 Nuko gikoresha umurizo wacyo nk’umukubuzo, gihanantura ku ijuru kimwe cya gatatu cy’inyenyeri kizijugunya ku isi. Icyo kiyoka gihagarara imbere y’uwo mugore wari ugiye kubyara, cyiteguye kumira bunguri umwana akiva mu nda.

5 Uwo mugore abyara umwana w’umuhungu ugomba kuzayobora amahanga yose, ayaragije inkoni y’icyuma. Nuko uwo mwana ahita arahwa ajyanwa ku Mana yicaye ku ntebe yayo ya cyami.

6 Uwo mugore ahungira mu butayu ahantu Imana yagennye ko azagaburirwa, hagashira iminsi igihumbi na magana abiri na mirongo itandatu.

7 Mu ijuru intambara irarota, Mikayeli n’ingabo z’abamarayika ayobora barwanya cya kiyoka, maze na cyo kirabarwanya gifashijwe n’abamarayika babaye ingabo zacyo.

8 Ikiyoka kiratsindwa nticyaba kicyemerewe kuguma mu ijuru, kimwe n’ingabo zacyo.

9 Nuko icyo kiyoka cya kabutindi kimeneshwa mu ijuru, ni cyo ya nzoka ya kera yitwa Umwanzi na Satani iyobya abatuye isi bose, maze kirohwa ku isi kimwe n’abamarayika bacyo.

10 Numva ijwi ry’uvugira mu ijuru avuga cyane ati: “Ubu agakiza k’Imana yacu karasohoye! Ubu yerekanye ububasha bwayo ngo yime ingoma! Noneho Kristo Imana yatoranyije yagaragaje ubushobozi bwe, kuko uwaregaga abavandimwe bacu ku Mana yacu ijoro n’amanywa yameneshejwe mu ijuru!

11 Uwaregaga abavandimwe bacu baramutsinze babikesha amaraso y’Umwana w’intama n’ijambo ry’ukuri bahamyaga, ku buryo bemeye guhara amagara yabo ntibatinya no gupfa.

12 Nuko rero wa juru we n’abagutuyemo, nimwishime! Naho wa si we nawe wa nyanja we, mugushije ishyano! Dore Satani arabamanukiye aje arakaye cyane, kuko azi ko igihe cye gisigaye ari gito.”

13 Cya kiyoka kibonye ko kiroshywe ku isi, gitangira guhiga wa mugore wabyaye umwana w’umuhungu.

14 Umugore ahabwa amababa abiri nk’aya kagoma nini kugira ngo aguruke, ajye ha hantu yateganyirijwe mu butayu ahungireyo ya nzoka, hashire imyaka itatu n’igiceahagaburirirwa.

15 Iyo nzoka ivundereza amazi ameze nk’uruzi, irukurikiza wa mugore kugira ngo rumutembane.

16 Nuko isi igoboka umugore, irāsama imira urwo ruzi ruvuye mu kanwa ka cya kiyoka.

17 Ikiyoka kirakarira uwo mugore maze kijya kurwanya itsinda ry’abasigaye bamukomokaho, abo ni bo bakurikiza amategeko y’Imana kandi bagakomera ku by’ukuri Yezu yahamije.

18 Nuko icyo kiyoka gisigara gihagazeku musenyi wo ku nyanja.

—https://api-cdn.youversionapi.com/audio-bible-youversionapi/126/32k/REV/12-989c5b398500191aae44829300672d11.mp3?version_id=387—

Categories
Ibyahishuwe

Ibyahishuwe 13

Ibikōko bibiri

1 Nyuma mbona igikōko giturumbutse mu nyanja. Cyari gifite imitwe irindwi n’amahembe icumi. Buri hembe ryari ritamirijeho ikamba, naho kuri buri mutwe handitswe izina rituka Imana.

2 Icyo gikōko nabonye cyasaga n’ingwe. Amajanja yacyo yasaga n’ay’ikirūra, naho umunwa wacyo ugasa n’uw’intare. Cya kiyoka giha icyo gikōko ububasha bwacyo n’intebe yacyo ya cyami, n’ubushobozi bwacyo bukomeye.

3 Mbona umwe muri ya mitwe yacyo usa n’uwari warakomeretse uruguma rwica, ariko urwo ruguma rwari rwarakize. Abatuye isi bose baratangara bakurikira icyo gikōko.

4 Nuko bose baramya icyo kiyoka kubera ko cyari cyahaye igikōko ubushobozi. Baramya n’icyo gikōko ubwacyo bavuga bati: “Mbese ni nde uhwanye n’iki gikōko? Ni nde wagihangara akakirwanya?”

5 Icyo gikōko cyemererwa kuvuga amagambo y’ubwirasi atuka Imana, no gukoresha ubushobozi bwacyo hagashira amezi mirongo ine n’abiri.

6 Nuko gitangira gutuka Imana, gituka n’izina ryayo n’aho ituye hamwe n’abatuye ijuru bose.

7 Icyo gikōko cyemererwa kurwanya intore z’Imana no kuzitsinda, gihabwa ubushobozi bwo kwigarurira imiryango yose n’amoko yose, abavuga indimi izo ari zo zose n’amahanga yose.

8 Abatuye isi yose bazakiramya, ni ukuvuga abatanditswe kuva isi ikiremwa mu gitabo cy’ubugingo cy’Umwana w’intama wishwe.

9 “Ufite amatwi yumva ngaho niyumve!

10 Ugenewe kuba imfungwa nta kabuza azafungwa, naho ugenewe kwicishwa inkotanta kabuza azicishwa inkota. Ni ngombwa rero ko intore z’Imana zigumya kwihangana zikaba n’indahemuka.”

11 Nuko mbona ikindi gikōko giturumbutse ikuzimu. Cyari gifite amahembe abiri asa n’ay’umwana w’intama, nyamara kikavuga nka cya kiyoka.

12 Cyakoreshaga ubushobozi bwose cyahawe na cya gikōko cya mbere, na cyo kigihagarikiye. Cyahatiraga isi n’abayituye kuramya icyo gikōko cya mbere cyakize uruguma rwica.

13 Icyo gikōko cya kabiri cyakoraga ibitangaza bikomeye byo kwemeza abantu, kikamanura umuriro mu ijuru ukagwa ku isi abantu babireba.

14 Bityo kiyobya abatuye isi kubera ibitangaza cyemerewe gukora, gihagarikiwe na cya gikōko cya mbere. Cyabwiraga abatuye isi ngo bareme ishusho y’icyo gikōko cyakomerekejwe n’inkota, ariko kikarenga kikabaho.

15 Icyo gikōko cya kabiri gihabwa ububasha bwo guhumekera kuri iyo shusho y’icya mbere, kugira ngo kiyihe umwuka ibe nzima, ibashe kuvuga no kwicisha abantu bose batemera kuyiramya.

16 Nuko aboroheje n’abakomeye, abakire n’abakene, abigenga n’abakoreshwa agahato, bose kibahatira gushyirwa ikimenyetso mu kiganza cy’iburyo no mu ruhanga,

17 kugira ngo hatagira uwemererwa kugira icyo agura cyangwa agurisha adafite icyo kimenyetso, ari cyo zina ry’igikōko cyangwa umubare uranga iryo zina.

18 Aha ni ho hagomba ubwenge. Umunyabwenge nafindure umubare w’icyo gikōko kuko uranga izina ry’umuntu. Uwo mubare ni magana atandatu na mirongo itandatu na gatandatu.

—https://api-cdn.youversionapi.com/audio-bible-youversionapi/126/32k/REV/13-6a6b000f964fa4c4b51d5f1d856f6a83.mp3?version_id=387—

Categories
Ibyahishuwe

Ibyahishuwe 14

Indirimbo y’abacunguwe

1 Hanyuma ngira ntya mbona Umwana w’intama ahagaze ku musozi wa Siyoni.Yari kumwe n’abantu ibihumbi ijana na mirongo ine na bine, buri wese uruhanga rwe rwanditsweho izina ry’uwo Mwana w’intama n’irya Se.

2 Nuko numva ijwi riturutse mu ijuru rimeze nk’amazi menshi asuma, cyangwa nk’inkuba ihinda cyane. Iryo jwi numvaga ryari rimeze kandi nk’iry’abacuranzi bacuranga inanga.

3 Abo bantu bari imbere ya ya ntebe ya cyami n’imbere ya bya binyabuzima bine, n’imbere ya ba bakurubaririmba indirimbo nshya. Nta muntu wabashaga kwiga iyo ndirimbo ngo ayimenye, keretse abo ngabo ibihumbi ijana na mirongo ine na bine bacunguwe bakavanwa ku isi.

4 Abo ni abatigeze biyandurisha kuryamana n’abagore, ahubwo barinze ubusore bwabo. Abo ni bo bagenda bashagaye Umwana w’intama aho agiye hose. Ni abacunguwe bavanywe mu bantu, kugira ngo babe umuganura w’Imana n’uw’Umwana w’intama.

5 Nta wigeze abumvana ikinyoma na kimwe, koko ni indakemwa.

Abamarayika batatu

6 Hanyuma mbona undi mumarayika agurukira iriya kure mu kirere cy’ijuru. Yari afite Ubutumwa bwiza buhoraho yahawe ngo abutangarize abatuye isi bose b’amahanga yose, n’imiryango yose n’abavuga indimi izo ari zo zose n’ab’amoko yose.

7 Yavugaga cyane ati: “Nimutinye Imana kandi muyihe ikuzo, kuko igihe cyayo cyo guca imanza kigeze. Nimuramye Iyaremye ijuru n’isi n’inyanja n’amasōko y’amazi.”

8 Umumarayika wa kabiri akurikiraho aravuga ati: “Babiloni irasenyutse! Irasenyutse Babiloni, wa mujyi mugari wuhiye amahanga yose ubusambanyi bwawo bukabije nk’uyuhira inzoga.”

9 Umumarayika wa gatatu na we akurikiraho avuga cyane ati: “Umuntu wese uramya cya gikōko n’ishusho yacyo, agashyirwa ikimenyetso cyacyo mu ruhanga cyangwa mu kiganza,

10 azanywa ku nzoga idafunguye, ari yo burakari bw’Imana yasutse mu gikombe cy’umujinya wayo. Bene uwo azababarizwa mu muriro no mu mazuku, abamarayika b’Imana n’Umwana w’intama babireba.

11 Umwotsi w’inkongi bababarizwamo uhora ucumba iteka ryose. Ijoro n’amanywa nta gahenge kazigera kabaho ku baramije cya gikōko n’ishusho yacyo, no ku muntu wese washyizweho ikimenyetso kiriho izina ryacyo.”

12 Ni ngombwa rero ko intore z’Imana zigumya kwihangana zigakurikiza amategeko yayo, zigakomeza kwizera Yezu.

13 Nuko numva ijwi ry’uvugira mu ijuru arambwira ati: “Andika ngo: ‘Kuva ubu hahirwa abapfa bakinambye kuri Nyagasani!’ ”

Ibyo ni koko! Ni na ko Mwuka w’Imana abivuze ati: “Abo bazaruhuka imvune z’imirimo yabo, kuko bazaherekezwa n’ibyiza bakoze.”

Isi isarurwa

14 Hanyuma ngira ntya mbona igicu cyera. Kuri icyo gicu hari hicaye usa n’umwana w’umuntu. Mu mutwe yari yambaye ikamba ry’izahabu, naho mu kiganza yari afite umuhoro utyaye.

15 Undi mumarayika asohoka mu Ngoro y’Imana arangurura ijwi cyane, abwira uwicaye kuri icyo gicu ati: “Ahura umuhoro wawe usarure, kuko igihe cy’isarura kigeze. Dore imyaka yo ku isi ireze.”

16 Nuko uwicaye kuri cya gicu yahura umuhoro we, asarura iyo myaka yo ku isi.

17 Undi mumarayika asohoka mu Ngoro y’Imana iri mu ijuru, na we afite umuhoro utyaye.

18 Undi mumarayika na none wahawe ubushobozi bwo kugenga umuriro, aza avuye ku rutambiro rw’Imana. Avuga cyane ahamagara wa wundi ufite umuhoro utyaye ati: “Turira umuhoro wawe utyaye maze usarure amaseri y’imizabibu yo ku isi, kuko imbuto zayo zihishije.”

19 Uwo mumarayika aturira umuhoro we asarura imizabibu yo ku isi, ayiroha mu muvure mugari havamo inzoga, ari yo burakari bw’Imana.

20 Nuko izo mbuto z’imizabibu zengerwa inyuma y’umurwa, maze havamo amarasoasendera ahantu hafite umurambararo ungana n’ibirometero magana atatu, n’ubujyakuzimu bwa metero imwe n’igice.

—https://api-cdn.youversionapi.com/audio-bible-youversionapi/126/32k/REV/14-d05ed20db1f5e7ce574287e28da3b185.mp3?version_id=387—

Categories
Ibyahishuwe

Ibyahishuwe 15

Abamarayika n’ibyago birindwi biheruka

1 Nyuma mbona mu ijuru ikindi kimenyetso gikomeye kandi gitangaje: ni abamarayika barindwi bacigatiye ibyago birindwi by’imperuka, ari ibyo Imana yarangirijemo uburakari bwayo.

2 Nuko mbona igisa n’ikiyaga cy’ibirahure bivanzwemo umuriro. Mbona n’abatsinze cya gikōko n’ishusho yacyo, kandi batsinze wa mubare uranga izina ryacyo. Bari bahagaze ku kiyaga cy’ibirahure bafashe inanga bahawe n’Imana.

3 Baririmbaga indirimbo ya Musaumugaragu w’Imana, n’indirimbo y’Umwana w’intama bagira bati:

“Nyagasani Mana Ishoborabyose,

mbega ukuntu ibyo ukora bikomeye kandi bitangaje!

Wowe Mwami ugenga amahanga,

mbega ukuntu imigenzereze yawe ari iy’ubutabera n’ukuri!

4 Nyagasani, ni nde utagutinya?

Ni nde utagusingiza?

Ni wowe Muziranenge wenyine.

Amahanga yose azaza akwikubite imbere,

azakuramya kuko ibikorwa byawe by’ubutabera byagaragaye.”

5 Nyuma y’ibyo mbona mu ijuru Ingoro y’Imana irakinguwe, ari ryo Hema rihamya Isezerano yagiranye n’abayo.

6 Ba bamarayika barindwi bacigatiye bya byago birindwi basohoka muri iyo Ngoro, bari bakenyeye mu gituza imyenda ikenkemuye kandi irabagirana, bayikenyeje imikandara y’izahabu.

7 Kimwe muri bya binyabuzima bine giha ba bamarayika barindwi inzabya ndwi z’izahabu, zuzuye uburakari bw’Imana ihoraho iteka ryose.

8 Iyo Ngoro yuzura umwotsi kubera ikuzo ry’Imana n’ububasha bwayo. Nta muntu n’umwe wabashije kwinjira mu Ngoro, kugeza ubwo ibyago birindwi byazanywe n’abamarayika barindwi birangiye.

—https://api-cdn.youversionapi.com/audio-bible-youversionapi/126/32k/REV/15-9d1f8cbda421d4408e932889e0c6599a.mp3?version_id=387—

Categories
Ibyahishuwe

Ibyahishuwe 16

Inzabya zuzuye umujinya w’Imana

1 Hanyuma numva ijwi rikaze ry’uvugira cyane mu Ngoro y’Imana, abwira ba bamarayika barindwi ati: “Nimugende musuke ku isi za nzabya ndwi zuzuye uburakari bw’Imana.”

2 Umumarayika wa mbere aragenda asuka urwabya rwe ku isi, ibisebe bibi biryana bihita byaduka ku bantu bashyizweho ikimenyetso cya cya gikōkobakanaramya ishusho yacyo.

3 Umumarayika wa kabiri asuka urwabya rwe mu nyanja, amazi ahita ahinduka amaraso nk’ay’umuntu wapfuye, maze ibifite ubuzima byose byo mu nyanja birapfa.

4 Umumarayika wa gatatu asuka urwabya rwe mu nzuzi no mu masōko y’amazi, bihita bihinduka amaraso.

5 Nuko numva umumarayika ushinzwe iby’amazi agira ati: “Uri intabera kuko wagennye guca imanza utyo, wowe Muziranenge uriho kandi wahozeho.

6 Kubera ko bamennye amaraso y’intore zawe n’ay’abahanuzi bawe, ni cyo gitumye nawe ubaha amaraso ngo abe ari yo banywa, ubakaniye urubakwiye.”

7 Hanyuma numva ijwi ry’uvugira ku rutambiro agira ati: “Ni koko Nyagasani Mana Ishoborabyose, uca imanza z’ukuri n’ubutabera.”

8 Umumarayika wa kane asuka urwabya rwe ku zuba, rihita rihabwa uburenganzira bwo kotsa abantu bikabije.

9 Nuko abantu bababurwa n’icyokere cy’izuba rikaze, maze batuka Imana ifite ububasha kuri ibyo byorezo, nyamara ntibemera kwisubiraho ngo bayihe ikuzo.

10 Umumarayika wa gatanu asuka urwabya rwe ku ntebe ya cyami ya cya gikōko, ubwami bwacyo buhita bucura umwijima. Abantu bakanjakanja indimi zabo babitewe no kuribwa cyane,

11 maze batuka Imana nyir’ijuru kubera ububabare n’ibisebe bafite. Nyamara ntibemera kwisubiraho ngo bareke ibibi bakora.

12 Umumarayika wa gatandatu asuka urwabya rwe mu ruzi rugari rwa Efurati, amazi yarwo ahita akama kugira ngo abami baturutse iburasirazuba babone inzira.

13 Nuko mbona ingabo za Satani eshatu zisa n’ibikeri, zavaga mu kanwa ka cya kiyoka no mu kanwa ka cya gikōko, no mu kanwa ka wa muhanurabinyoma.

14 Izo ni zo ngabo za Satani zikora ibitangaza byo kwemeza abantu, zisanga abami bo ku isi yose ngo zibakoranyirize kujya ku rugamba kuri wa munsi ukomeye w’Imana Ishoborabyose.

15 Nyagasani aravuga ati: “Dore ndaje ngutunguye nk’umujura! Hahirwa umuntu wese uhora ari maso, akagumana imyambaro ye kugira ngo atavaho agenda ari umutumbure, maze agaterwa isoni n’uko bamubona yambaye ubusa.”

16 Izo ngabo za Satani zikoranyiriza abami ahantu hitwa Harimagedonimu giheburayi.

17 Umumarayika wa karindwi asuka urwabya rwe mu kirere, maze mu Ngoro y’Imana kuri ya ntebe ya cyami humvikana ijwi ry’uvuga cyane ati: “Karabaye!”

18 Nuko imirabyo irarabya, amajwi ararangira, inkuba zirahinda n’isi iratingita cyane. Kuva abantu baba ku isi ntihigeze habaho umutingito w’isi ukaze nk’uwo.

19 Wa mujyi w’icyatwa Babiloni usadukamo gatatu, n’indi mijyi y’amahanga irasenyuka. Uwo mujyi w’icyatwa Imana iwugerera mu kebo kawukwiye, iwuhira inzoga ibirira mu gikombe, ari yo burakari bwayo bukaze.

20 Ibirwa byose birahunga, imisozi na yo ntiyongera kuboneka.

21 Nuko amahindu manini ava mu ijuru agwira abantu, rimwe rifite uburemere bwaba nk’ibiro mirongo ine. Abantu ni ko gutuka Imana kubera icyo cyorezo cy’amahindu kuko cyari gikabije.

—https://api-cdn.youversionapi.com/audio-bible-youversionapi/126/32k/REV/16-8d3c8ff9fcf5a0126209430019e9842b.mp3?version_id=387—

Categories
Ibyahishuwe

Ibyahishuwe 17

Indaya kabuhariwe

1 Hanyuma umwe mu bamarayika barindwi bari bafashe za nzabya ndwi araza arambwira ati: “Ngwino nkwereke igihano giteganyirijwe indaya kabuhariwe, ari yo wa mujyi w’icyatwa wubatswe ku nkombe z’amazi magari.

2 Abami bo ku isi basambanye na yo, kandi abatuye isi basinze ubusambanyi bwayo nk’uwasinze inzoga.”

3 Mwuka w’Imana anzaho maze ndabonekerwa, umumarayika anjyana kure mu butayu. Nuko mbona umugore uhetswe n’igikōko gitukura, cyari cyuzuyeho amazina atuka Imana. Icyo gikōko cyari gifite imitwe irindwi n’amahembe icumi.

4 Umugore yari yambaye imyenda y’agaciro y’umutuku wijimyen’itukura tukutuku, kandi yirimbishije ibintu bikozwe mu izahabu, no mu mabuye y’agaciron’amasaro y’agahebuzo.

5 Mu ruhanga rwe hari handitswe izina ry’irigenurano ngo: “Babiloni y’icyatwa, nyina w’indaya n’ibyo ku isi byose bizira ku Mana.”

6 Nuko mbona ko uwo mugore yasinze amaraso y’intore z’Imana, kimwe n’amaraso y’abishwe bahōrwa guhamya ibya Yezu.

Mubonye ntyo ndumirwa!

7 Nuko umumarayika arambaza ati: “Utangajwe n’iki? Ngiye kugusobanurira amayobera yerekeye uwo mugore n’ayerekeye igikōko kimuhetse, gifite imitwe irindwi n’amahembe icumi.

8 Igikōko wabonye cyahozeho kera none ntikikiriho. Ubu kigiye kuva ikuzimu kugira ngo kirimburwe. Abatuye isi batanditswe mu gitabo cy’ubugingo kuva isi ikiremwa, bazatangara babonye icyo gikōko cyigeze kubaho none kikaba kitakiriho, ariko kikazongera kubaho.

9 “Kuri ibyo haragomba ubwenge butuma umuntu asobanukirwa. Ya mitwe irindwi ni yo misozi irindwi wa mugore yicayeho. Ubundi kandi ni yo bami barindwi,

10 abatanu muri bo barahangutse, umwe ni we uri ku ngoma ubu, naho undi ntaraza. Naza azagomba kumara igihe gito.

11 Cya gikōko cyahozeho ubu kikaba kitakiriho, ni cyo mwami wa munani. Uwo mwami abarirwa hamwe na ba bandi barindwi kandi agiye kuzatsembwaho.

12 “Amahembe icumi wabonye na yo ni abami icumi bataratangira kwima ingoma, ariko bazahabwa ubushobozi bwo kwima ingoma, bafatanyije na cya gikōko kumara isaha imwe.

13 Bose uko ari icumi bahuje umugambi wo kwegurira cya gikōko ububasha n’ubushobozi bwabo.

14 Bazarwanya Umwana w’intama, ariko azabatsinda kuko ari we Mutegetsi ugenga abategetsi akaba n’Umwami ugenga abami. Azabatsinda afatanyije n’abo yahamagaye akabatoranya, bakamubaho indahemuka.”

15 Umumarayika arongera arambwira ati: “Amazi wabonye ha handi ya ndaya yicaye, ni yo moko n’imbaga n’amahanga n’abavuga indimi zitari zimwe.

16 Na ya mahembe icumi wabonye kimwe na cya gikōko, bizanga ya ndaya. Bizayicuza ibyo ifite byose, biyisige ari umutumbure. Bizayirya bitapfune inyama zayo, maze biyitwike ikongoke.

17 Erega Imana yashyize umugambi wayo mu mitima yabyo, ngo bikore ibyo na yo yagambiriye! Bityo ayo mahembeazahuriza ku mugambi umwe rukumbi, yegurire cya gikōko ubushobozi bwayo bwa cyami, kugeza ubwo ibyo Imana yavuze bibaye.

18 “Naho umugore wabonye ni wa mujyi w’icyatwa, uganjemo ubwami bufite ubutegetsi ku bami bose bo ku isi.”

—https://api-cdn.youversionapi.com/audio-bible-youversionapi/126/32k/REV/17-4f30d9f67aabf4808d18ad26f4a30e7f.mp3?version_id=387—

Categories
Ibyahishuwe

Ibyahishuwe 18

Babiloni isenyuka

1 Hanyuma mbona undi mumarayika amanutse ava mu ijuru. Aza afite ubushobozi burambuye, isi yose imurikirwa n’ikuzo rye.

2 Nuko arangurura ijwi cyane agira ati: “Babiloni irasenyutse! Irasenyutse Babiloni wa mujyi w’icyatwa! Usigaye utuwe n’ingabo za Satani, uhindutse isenga ry’intumwa ze zose zihumanya, uhindutse kandi indiri y’ibisiga byose bihumanya kandi bizira.

3 Amahanga yose yanyoye inzoga zawo, ari zo busambanyi bwawo bukabije. Abami b’isi bagiye basambana na wo, kandi n’abacuruzi bo ku isi bakungahajwe n’umurengwe wawo utagira akagero.”

4 Hanyuma numva ijwi ry’undi uvugira mu ijuru agira ati:

“Nimusohoke muri Babiloni bantu banjye,

kugira ngo mutagira uruhare ku byaha byayo,

maze mugasangira na yo ibyorezo biyigenewe.

5 Erega ibyaha byayo byarenze ihaniro,

kandi Imana ntiyibagiwe ubugome bwa Babiloni!

6 Nimuyīture ibihwanye n’ibyo yakoze, akebo yabagereyemo mukayigereremo incuro ebyiri,

inzoga ikaze yabahaye muyiyihe irushijeho gukara incuro ebyiri.

7 Aho Babiloni iyo yageze yiha ikuzo n’umurengwe,

muhageze kuyiteza ububabare n’icyunamo.

Dore iribwira iti: ‘Ndimakajwe, ndi umwamikazi,

sindi umupfakazi

kandi sinteze kugira uwo ngira mu cyunamo bibaho!’

8 Ni yo mpamvu ibyorezo biyigenewe,

ari byo ndwara zica no gupfusha n’inzara bizayigwira icyarimwe.

Izashya ikongoke,

kuko Nyagasani Imana yayiciriye urwo rubanza igira amaboko.”

9 Abami b’isi bihaye gusambana n’icyo cyatwa Babiloni bakarengwa, bazarira baboroge babonye umwotsi w’inkongi yayo.

10 Bazayitaza kubera gutinya ububabare bwayo bagire bati: “Mbega ishyano! Mbega ishyano rikugwiriye, wowe Babiloni mujyi w’icyatwa w’igihangange! Isaha imwe irahagije kugira ngo akawe kabe gashobotse!”

11 Abacuruzi bo ku isi na bo baririra uwo mujyi ndetse bawugira mu cyunamo, kuko nta muntu n’umwe ukigira icyo agura ku bicuruzwa byabo.

12 Ntawe ukigura izahabu yabo n’ifeza, n’amabuye y’agaciro n’amasaro y’agahebuzo, n’imyenda myiza inoze n’imyenda y’umuhemba, n’itukura tukutuku n’indi yitwa hariri. Nta n’ukigura ibiti byabo by’imbonekarimwe by’amoko atari amwe, kimwe n’ibikozwe mu mahembe y’inzovu, no mu mbaho z’agaciro no mu muringa, no mu butare no mu mabuye yitwa marumari.

13 Ntawe ukigura n’ibyitwa sinamomu n’ishangi, n’amarashi n’ububani n’indi mibavu na divayi, kimwe n’amavuta y’iminzenze n’ifu n’ingano. Ndetse ntawe ukigura ibimasa byabo n’intama, amafarasi n’amagare akururwa na yo, n’abantu bacuruzwa cyangwa b’inkoreragahato.

14 Abo bacuruzi babwira uwo mujyi bati: “Ibyo wararikiye kubona byagushizeho, ibyakuryoheraga n’ibyaguteraga kurengwa byose ngo hubi, ntibizongera kuboneka ukundi!”

15 Abakungahajwe no gucuruza muri uwo mujyi bazawitarura, babitewe no gutinya ububabare bwawo. Bazawugira mu cyunamo baboroge,

16 bavuge bati: “Mbega ishyano! Mbega ishyano rigwiriye umujyi w’icyatwa! Wari wambaye imyenda myiza inoze, n’iy’umuhemba n’itukura tukutuku. Wari urimbishijwe izahabu n’amabuye y’agaciro n’amasaro y’agahebuzo.

17 Nyamara isaha imwe irahagije kugira ngo ubukungu bwawo buwushireho!”

Abayobozi b’amato n’abagenzi atwara, n’abasare bayo n’abandi bose batunzwe n’imirimo yo ku nyanja bari bitaruye uwo mujyi.

18 Babonye umwotsi w’inkongi yawo bariyamira cyane bati: “Nta mujyi wigeze kubaho uhwanye n’uyu w’icyatwa!”

19 Biyorera umukungugu ku mutwe, bagira mu cyunamo uwo mujyi, baboroga cyane bati: “Mbega ishyano! Mbega ishyano uno mujyi ubonye! Dore ubukungu bwawo ni bwo bwakungahaje bene amato yo mu nyanja! Nyamara isaha imwe irahagije kugira ngo byose biwushireho!”

20 Icyakora wowe wa juru we ishime, kuko Babiloni isenyutse. Namwe ntore z’Imana, namwe ntumwa zayo, namwe bahanuzi bayo nimwishime, kuko Imana yayiciriye urubanza rukwiranye n’ibibi yabagiriye.

21 Umumarayika w’igihangange aherako aterura ibuye ringana n’urusyo runini cyane, arijugunya mu nyanja aravuga ati: “Uku ni ko umujyi w’icyatwa Babiloni uzatsembwaho, ntihagire uwongera kuwubona ukundi.

22 Muri wowe ntawe uzumva ukundi abacuranzi b’inanga n’abaririmbyi, n’abavuza imyironge n’impanda. Ntawe uzongera kukubarizamo umunyabukorikori uzi umwuga uwo ari wo wose. Muri wowe nta jwi ry’urusyo rizongera kumvikana ukundi.

23 Urumuri rw’itara ntiruzakuboneshereza ukundi, kandi muri wowe nta jwi ry’umukwe n’umugeni rizongera kumvikana. Impamvu ni uko abacuruzi bawe bigize ibihangange ku isi, kandi ubupfumu bwawe bwayobeje amahanga yose.”

24 Koko Babiloni yahōwe gutahurwamo amaraso y’abahanuzi n’ay’intore z’Imana, kimwe n’ay’abiciwe kuri iyi si bose.

—https://api-cdn.youversionapi.com/audio-bible-youversionapi/126/32k/REV/18-e5e8ee6e13edb630bf7a56c3cfb9b8f9.mp3?version_id=387—

Categories
Ibyahishuwe

Ibyahishuwe 19

1 Nyuma y’ibyo mu ijuru numva urusaku rw’imbaga nyamwinshi y’abantu bavuga cyane bati: “Haleluya! Agakiza n’ikuzo n’ububasha ni iby’Imana yacu.

2 Imanza ica ni iz’ukuri n’ubutabera. Yaruciriye ya ndaya kabuhariwe yahumanishije isi ubusambanyi bwayo. Imana yayihōye amaraso y’abagaragu bayo yishe.”

3 Barongera bati: “Haleluya! Inkongi y’uwo mujyi ihora icumba iteka ryose!”

4 Ba bakuru makumyabiri na bane bikubita hasi kimwe na bya binyabuzima bine, baramya Imana yicaye kuri ya ntebe ya cyami bagira bati: “Amina. Haleluya!”

Ubukwe bw’Umwana w’intama

5 Numva ijwi ry’uvugira kuri ya ntebe ya cyami agira ati: “Nimushime Imana yacu, mwa bagaragu bayo mwese mwe, namwe abayitinya, aboroheje n’abakomeye.”

6 Hanyuma numva ijwi ry’imbaga nyamwinshi rirangira nk’amazi menshi asuma, cyangwa nk’iry’inkuba zihinda cyane. Numva bavuga ngo: “Haleluya! Nidushime Nyagasani Imana yacu Ishoborabyose, kuko yimye ingoma.

7 Nitunezerwe twitere hejuru tumusingize, kuko igihe cy’ubukwe bw’Umwana w’intama kigeze kandi umugeni we akaba yiteguye.

8 Yemerewe kwambara umwenda mwiza unoze, ukenkemuye kandi urabagirana. Uwo mwenda unoze ushushanya ibikorwa bitunganiye Imana by’intore zayo.”

9 Nuko umumarayika arambwira ati: “Andika ibi: Hahirwa abatumiwe mu bukwe bw’Umwana w’intama.” Yungamo ati: “Ubwo ni ubutumwa bw’ukuri buvuye ku Mana.”

10 Mpita mwikubita imbere ngo muramye, ariko arambwira ati: “Sigaho! Jye ndi umugaragu w’Imana kimwe nawe, kandi kimwe n’abavandimwe bawe bakomera ku by’ukuri Yezu yahamije, ahubwo uramye Imana.”

Iby’ukuri Yezu yahamije ni byo bikoresha abahanuzi.

Ifarasi y’igitare

11 Hanyuma mbona ijuru rikingutse mbona n’ifarasi y’igitare, uwo ihetse akitwa Indahemuka n’Umunyakuri. Ashingiye ku butabera, aca imanza kandi akajya ku rugamba.

12 Amaso ye ameze nk’ibirimi by’umuriro, kandi yambaye amakamba menshi mu mutwe. Afite izina rimwanditsweho ritazwi n’undi uwo ari we wese, keretse we wenyine.

13 Yambaye ikanzu yinitswe mu maraso kandi yitwa Jambo w’Imana.

14 Ingabo zo mu ijuru zari zimukurikiye zihetswe n’amafarasi y’ibitare, kandi zambaye imyenda inoze y’igitare ikenkemuye.

15 Mu kanwa ke havamo inkota ityaye azatera amahanga. Azayaragiza inkoni y’icyuma, kandi imbuto z’imizabibu azazengera mu muvure havemo inzoga, ari yo burakari bukaze bw’Imana Ishoborabyose.

16 Ku mwambaro we no ku kibero cye handitswe iri zina: “Umwami ugenga abami n’Umutegetsi ugenga abategetsi”.

17 Nuko mbona umumarayika uhagaze ku zuba. Arangurura ijwi cyane, abwira ibisiga byose byagurukaga iriya kure mu kirere cy’ijuru ati: “Nimuze mukorane, murye iby’umunsi mukuru wateguwe n’Imana!

18 Nimuze murye intumbi z’abami n’iz’abagaba b’ingabo n’iz’ibihangange. Murye intumbi z’amafarasi n’iz’abo yari ahetse. Murye abantu bose, abigenga n’abakoreshwa agahato, aboroheje n’abakomeye!”

19 Hanyuma mbona cya gikōko, mbona n’abami b’isi n’ingabo zabo, bakoraniye kurwanya Uhetswe n’ifarasi n’ingabo ze.

20 Icyo gikōko kirafatwa, kimwe na wa muhanurabinyoma. Ni we wari warakoze ibitangaza byo kumuranga, ahagarikiwe na cya gikōko. Ibyo bitangaza abishukisha abantu bari barashyizweho ikimenyetso cy’igikōko, kandi bakaramya ishusho yacyo. Icyo gikōko kirohwa ari kizima mu kiyaga cyaka umuriro n’amazuku, na wa muhanurabinyoma akirohwamo.

21 Ingabo zacyo zo zicishwa inkota iva mu kanwa k’Uhetswe n’ifarasi. Nuko ibisiga byose byijuta intumbi zazo.

—https://api-cdn.youversionapi.com/audio-bible-youversionapi/126/32k/REV/19-1c833a09d7f64bb82c5f531b2483fb64.mp3?version_id=387—

Categories
Ibyahishuwe

Ibyahishuwe 20

Imyaka igihumbi

1 Nuko mbona umumarayika amanuka ava mu ijuru, yari afashe mu ntoki umunyururu munini n’urufunguzo rw’ikuzimu.

2 Agira atya asumira cya kiyoka, ari cyo ya nzoka ya kera yitwa Umwanzi cyangwa Satani, maze akibohesha uwo munyururu mu gihe cy’imyaka igihumbi.

3 Aherako akiroha ikuzimu arahafunga arahadanangira, kugira ngo icyo kiyoka kidakomeza kuyobya amahanga kugeza ubwo imyaka igihumbi irangiriye. Nyuma yaho kigomba kuzarekurwa igihe gito.

4 Mbona n’intebe za cyami zicaweho n’abahawe ubushobozi bwo guca imanza. Mbona n’abantu baciwe imitwe bahōrwa gukomera ku by’ukuri Yezu yahamije, no gutangaza Ijambo ry’Imana. Abo ntibigeze baramya cya gikōko cyangwa ishusho yacyo, kandi ntibigeze bemera gushyirwaho ikimenyetso cyacyo mu ruhanga cyangwa mu kiganza. Nuko barazuka bimana ingoma na Kristo imyaka igihumbi.

5 Iryo ryabaye izuka rya mbere. Abapfuye bandi ntibazutse kugeza ubwo imyaka igihumbi irangiye.

6 Abahawe umwanya mu izuka rya mbere barahirwa, kandi abo ni umwihariko w’Imana. Urupfu rwa kabiri nta bushobozi rubafiteho, bazaba abatambyi b’Imana na Kristo, kandi bazima ingoma hamwe na we imyaka igihumbi.

Satani atsindwa burundu

7 Imyaka igihumbi nishira Satani azarekurwa ave aho yari afungiye,

8 ajye kuyobya abo mu mahanga yo mu mpande zose z’isi ari yo Gogi na Magogi, maze abakoranyirize kujya ku rugamba. Umubare wabo uzaba ungana n’umusenyi wo ku nyanja.

9 Nuko baraza bakwira isi yose, maze bazenguruka inkambi z’intore z’Imana n’umurwa wayo ikunda, ariko umuriro umanuka mu ijuru urabatsemba.

10 Satani wabayobyaga arohwa mu kiyaga cyaka umuriro kirimo n’amazuku, aho cya gikōko na wa muhanurabinyoma bari bamaze kurohwa. Bazahagorerwa ijoro n’amanywa iteka ryose.

Urubanza rw’imperuka

11 Nuko mbona intebe ya cyami nini kandi yera de y’Imana, mbona n’Uyicayeho. Isi n’ijuru biyihungira kure birabura rwose.

12 Mbona n’abapfuye, abakomeye n’aboroheje bahagaze imbere y’iyo ntebe. Nuko ibitabo birabumburwa. Habumburwa n’ikindi gitabo, ari cyo gitabo cy’ubugingo. Abapfuye bacirwa imanza zishingiye ku byo bakoze, uko byanditswe muri ibyo bitabo.

13 Inyanja igarura abapfuye yari ibitse. Urupfu ubwarwo n’ikuzimu bigarura abapfuye byari bibitse. Nuko bose bacirwa imanza zishingiye ku byo bakoze.

14 Urupfu n’ikuzimu bijugunywa mu kiyaga cyaka umuriro. Icyo ni cyo rupfu rwa kabiri.

15 Umuntu wese batasanze yanditswe mu gitabo cy’ubugingo, na we arohwa mu kiyaga cyaka umuriro.

—https://api-cdn.youversionapi.com/audio-bible-youversionapi/126/32k/REV/20-82e38c1e72b4ca9d0636e7d39aa742e1.mp3?version_id=387—