Categories
Ibarura

Ibarura 21

Abisiraheli batsinda Abanyakanāni ba Aradi

1 Umwami wa Aradi iri mu majyepfo ya Kanāni, yumvise ko Abisiraheli bari mu nzira ituruka Atarimu, agaba igitero cyo kubarwanya, bamwe muri bo abajyana ho iminyago.

2 Abisiraheli bahigira Uhoraho uyu muhigo bati: “Nutugabiza aba bantu, tuzatsemba imijyi yabo.”

3 Uhoraho yumvira Abisiraheli abagabiza abo Banyakanāni, babatsembana n’imijyi yabo. Aho hantu barwaniye bahita Horuma.

Inzoka y’umuringa

4 Abisiraheli bava ku musozi wa Hori baca mu nzira igana ku Nyanja Itukura, kugira ngo batanyura muri Edomu. Ariko urwo rugendo rubaca intege,

5 bitotombera Imana na Musa bati: “Kuki mwadukuye mu Misiri mukatuzana gupfira muri ubu butayu? Nta byokurya nta n’amazi ahari, ndetse n’ibi byokurya bibi turabirambiwe.”

6 Nuko Uhoraho abateza inzoka zifite ubumara zirabarya, Abisiraheli benshi barapfa.

7 Abantu basanga Musa baramubwira bati: “Twaracumuye ubwo twitotomberaga Uhoraho, ndetse nawe tukakwitotombera, dusabire Uhoraho adukize izi nzoka.” Musa arabasabira.

8 Uhoraho aramubwira ati: “Cura ishusho y’inzoka maze uyimanike ku giti, kugira ngo uwariwe n’inzoka wese nayireba akire.”

9 Musa acura inzoka mu muringa ayimanika ku giti, nuko umuntu inzoka iriye yareba iyo nzoka y’umuringa agakira.

Abisiraheli banyura iburasirazuba bw’Ikiyaga cy’Umunyu

10 Abisiraheli bakomeza urugendo bashinga amahema Oboti.

11 Barahava bashinga amahema Iyabarīmu mu butayu buri iburasirazuba bwa Mowabu.

12 Barahava bashinga amahema mu kabande ka Zeredi.

13 Barahava bashinga amahema mu gihugu cy’Abamori mu kidaturwa kiri hakurya y’uruzi rwa Arunoni. Urwo ruzi ni rwo rugabanya Mowabu n’igihugu cy’Abamori.

14 Aho handitswe mu gitabo cy’Intambara z’Uhoraho ngo “Umujyi wa Wahebu y’i Sufa n’utugezi twaho, n’uruzi rwa Arunoni

15 n’utubande runyuramo hateganye n’umujyi wa Ari, n’ahagana umupaka wa Mowabu.”

16 Barahava bajya i Bēri. Uhoraho abwira Musa ati: “Koranya abantu mbahe amazi.” Bahabona iriba

17 maze bararirimba bati:

“Wa riba we, dudubiza!

Nimuriririmbe!

18 Ibikomangoma ni byo byarifukuye,

abatware ni bo baricukuye,

barifukurishije inkoni ziranga ubutegetsi bwabo!”

Bava muri ubwo butayu bajya i Matana.

19 Barahava bajya i Nahaliyeli, bahavuye bajya i Bamoti.

20 Barahava bajya mu kibaya kiri mu gihugu cya Mowabu, munsi y’umusozi wa Pisiga ahateganye n’ubutayu.

Sihoni na Ogi batsindwa

21 Abisiraheli bohereza intumwa kuri Sihoni umwami w’Abamori, ziramubwira ziti:

22 “Twemerere tunyure mu gihugu cyawe. Ntituzanyura mu mirima no mu mizabibu, ntituzanywa n’amazi yo mu mariba yanyu, tuzaca mu muhanda w’Abamikugeza igihe tuzarangiza kwambukiranya igihugu cyawe.”

23 Ariko Sihoni yanga ko Abisiraheli banyura mu gihugu cye, arundanya ingabo ze zose ajya gukumīra Abisiraheli mu butayu. Abategera i Yahasi arabarwanya,

24 Abisiraheli baramutsinda. Igihugu cye baracyigarurira bahereye ku ruzi rwa Arunoni kugeza ku mugezi wa Yaboki, ariko ntibagera mu gihugu cy’Abamoni kuko umupaka wacyo wari urinzwe cyane.

25 Abisiraheli bafata imijyi yose y’Abamori, n’umurwa wayo Heshiboni n’insisiro ziwukikije barahatura.

26 Heshiboni wari umurwa wa Sihoni umwami w’Abamori, uhereye igihe atsindiye uwahoze ari umwami wa Mowabu, akamunyaga icyo gihugu cye cyose kugeza ku ruzi rwa Arunoni.

27 Ni yo mpamvu abasizi bavuze bati:

“Nimuze i Heshiboni muyubake bundi bushya,

nimusane umurwa wa Sihoni.

28 Ingabo za Sihoni ziturutse i Heshiboni,

zatsembye umujyi wa Ari ya Mowabu nk’inkongi y’umuriro,

zatsembye n’abatware b’imisozi ya Arunoni.

29 Mowabu we, ugushije ishyano!

Abaramya Kemoshi mwe, murarimbutse!

Abahungu banyu babaye impunzi,

abakobwa banyu babaye iminyago ya Sihoni umwami w’Abamori!

30 Abamori twabarashe imyambi,

bose bararimbutse uhereye i Heshiboni kugeza i Diboni,

twarabarimbuye tugeza i Nofa hafi y’i Medeba.”

31 Nguko uko Abisiraheli batuye mu gihugu cy’Abamori.

32 Musa atuma abantu gutata umujyi wa Yāzeri, hanyuma Abisiraheli barawigarurira hamwe n’insisiro ziwukikije, birukana n’Abamori bahatuye.

33 Barahindukira bagana i Bashani, maze umwami waho Ogi ajyana n’ingabo ze zose ngo abakumīre, barwanira Edureyi.

34 Uhoraho abwira Musa ati: “Ntumutinye kuko ngiye kumukugabiza we n’ingabo ze zose n’igihugu cye. Umugire nk’uko wagize Sihoni umwami w’Abamori wari utuye i Heshiboni.”

35 Abisiraheli bica Ogi n’abahungu be n’ingabo ze zose, ntihasigara n’uwo kubara inkuru, maze bigarurira igihugu cya Bashani.

Categories
Ibarura

Ibarura 22

Umwami wa Mowabu atumira Balāmu

1 Abisiraheli barakomeza baragenda, bashinga amahema mu kibaya cya Mowabu, iburasirazuba bw’uruzi rwa Yorodani, ahateganye n’i Yeriko.

2 Umwami wa Mowabu witwaga Balaki mwene Sipori, amenya ibyo Abisiraheli bagiriye Abamori byose.

3 Abamowabu babonye ubwinshi bw’Abisiraheli, baratinya bashya ubwoba.

4 Nuko babwira abakuru b’Abamidiyani bati: “Abisiraheli bazamaraho ibihugu bidukikije, nk’uko ikimasa kimara ubwatsi aho kirisha.”

Umwami Balaki

5 yohereza intumwa kuri Balāmu mwene Bewori, wari i Petori hafi y’uruzi rwa Efurati. Balāmu akomoka muri ako karere. Izo ntumwa zatumwe kumubwira ziti: “Dore hari abantu bavuye mu Misiri bayogoje ibihugu, ndetse bari hafi kugera iwanjye.

6 None ngwino umvumire abo bantu kuko bandusha amaboko, ahari byatuma nshobora kubatsinda nkabirukana mu gihugu cyanjye. Nzi yuko uwo usabiye umugisha awuhabwa, kandi uwo uvumye akaba ikivume.”

7 Abakuru b’Abamowabu n’Abamidiyani bagenda bajyanye ibyo guha Balāmu, kugira ngo avume Abisiraheli. Bageze iwe bamubwira ubutumwa bwa Balaki.

8 Balāmu arababwira ati: “Nimurare hano, ejo nzabamenyesha icyo Uhoraho ari bumbwire.” Nuko abatware ba Mowabu barara iwe.

9 Iryo joro Imana ibaza Balāmu iti: “Abo bantu bari iwawe ni bande?”

10 Balāmu arasubiza ati: “Balaki mwene Sipori umwami wa Mowabu yabantumyeho ati:

11 ‘Dore hari abantu bavuye mu Misiri bayogoje ibihugu. None ngwino ubamvumire, ahari byatuma nshobora kubarwanya nkabirukana.’ ”

12 Imana ibwira Balāmu iti: “Ntuzajyane na bo kandi ntuzavume abo bantu, kuko nabahaye umugisha.”

13 Bukeye Balāmu abwira intumwa za Balaki ati: “Nimwitahire kuko Uhoraho yanze ko tujyana.”

14 Abatware ba Mowabu barahaguruka basubira kwa Balaki baramubwira bati: “Balāmu yanze ko tuzana.”

15 Balaki atuma abandi batware barusha aba mbere ubwinshi n’icyubahiro.

16 Bageze kwa Balāmu baramubwira bati: “Balaki mwene Sipori aravuze ati: ‘Ntihagire ikikubuza kunyitaba,

17 kuko nzaguhemba bishimishije kandi icyo uzansaba cyose nzakigukorera. None rero ngwino umvumire abo bantu.’ ”

18 Balāmu asubiza intumwa za Balaki ati: “N’aho Balaki yampa ifeza n’izahabu byuzuye ingoro ye, sinaca ku itegeko ry’Uhoraho Imana yanjye.

19 Namwe nimurare hano, kugira ngo ndebe ko hari ikindi Uhoraho ari bumbwire.”

20 Iryo joro Imana ibwira Balāmu iti: “Ubwo abo bantu baje kuguhamagara muzajyane, ariko uzakore icyo nzakubwira gusa.”

Indogobe ya Balāmu

21 Bukeye Balāmu ategura indogobe ye, ajyana n’abatware ba Mowabu

22 ahetswe n’indogobe ye, aherekejwe n’abagaragu be babiri. Ariko Imana ibonye agiye irarakara, yohereza umumarayika wayo ngo amutangīre.

23 Indogobe ibonye umumarayika w’Uhoraho ahagaze mu nzira afashe inkota mu ntoki, irakebereza inyura mu gisambu. Balāmu arayikubita kugira ngo isubire mu nzira.

24 Umumarayika w’Uhoraho ajya guhagarara mu nzira ifunganye, yanyuraga hagati y’inkuta zikikije imirima y’imizabibu.

25 Indogobe imubonye yegera urukuta cyane irubyigiraho ikirenge cya Balāmu, arongera arayikubita.

26 Umumarayika w’Uhoraho arongera yigira imbere ahagarara ahantu hafunganye cyane, ku buryo nta washoboraga guca iburyo cyangwa ibumoso.

27 Indogobe imubonye iryama igihetse Balāmu, ararakara ayikubita inkoni.

28 Nuko Uhoraho aha iyo ndogobe ububasha bwo kuvuga, ibaza Balāmu iti: “Nakugize nte kugira ngo unkubite izi ncuro eshatu zose?”

29 Balāmu arayisubiza ati: “Wansuzuguye, ahubwo iyo ngira inkota mba nkwishe!”

30 Indogobe ibaza Balāmu iti: “Ko ari jye uguheka buri gihe, ese hari ubwo nigeze nkugirira ntya?”

Arahakana ati: “Oya.”

31 Ako kanya Uhoraho atuma Balāmu abona umumarayika wari uhagaze mu nzira, afashe inkota mu ntoki. Balāmu amubonye yikubita hasi yubamye.

32 Umumarayika w’Uhoraho aramubwira ati: “Kuki wakubise indogobe yawe incuro eshatu zose? Dore ni jye waje kugutangīra, kuko mbona uru rugendo rutazakugwa neza.

33 Indogobe yambonye impunga incuro eshatu. Iyo itampunga mba nakwishe, ariko yo singire icyo nyitwara.”

34 Balāmu aramusubiza ati: “Nacumuye! Ntabwo nari nzi ko waje kuntangīra. Nyamara niba ubona ko uru rugendo rudakwiriye, reka nitahire.”

35 Ariko umumarayika w’Uhoraho aramubwira ati: “Jyana n’abo bantu. Icyakora uzajye uvuga gusa icyo nkubwiye.” Nuko Balāmu akomeza urugendo hamwe n’intumwa za Balaki.

Balāmu ahura na Balaki

36 Balaki yumvise ko Balāmu aje, ajya kumusanganirira mu mujyi uri hafi y’uruzi rwa Arunoni, ku mupaka w’igihugu cye.

37 Balaki aramubaza ati: “Kuki utazanye n’intumwa nagutumyeho bwa mbere? Wibwiraga ko ntashobora kuguhemba bishimishije?”

38 Balāmu asubiza Balaki ati: “Noneho ndaje, ariko sinshobora kugira icyo mvuga ku bwanjye. Nzavuga gusa icyo Imana izambwira.”

39 Nuko Balaki ajyana Balāmu mu mujyi w’i Kiriyati-Husoti.

40 Balaki atamba ibitambo by’inka n’intama, abigaburiraho Balāmu na ba batware bari kumwe.

Balāmu ananirwa kuvuma Abisiraheli

41 Bukeye Balaki ajyana Balāmu ku musozi witwa Bamoti-Bāli, aho bashoboraga kwitegereza igice kimwe cy’inkambi y’Abisiraheli.

Categories
Ibarura

Ibarura 23

1 Balāmu abwira Balaki kumwubakishiriza aho hantu intambiro ndwi, no kumushakira ibimasa birindwi n’amapfizi y’intama arindwi.

2 Balaki abigenza nk’uko Balāmu abivuze. Balāmu na Balaki batambira kuri buri rutambiro ikimasa n’impfizi y’intama.

3 Maze Balāmu abwira Balaki ati: “Guma iruhande rw’ibitambo byawe bikongorwa n’umuriro nanjye ngende, ahari ndi bubonane n’Uhoraho muhanūze. Icyo ari bumpishurire ndakikubwira.” Nuko ajya mu mpinga y’umusozi,

4 Imana irahamusanga. Arayibwira ati: “Nubakishije intambiro ndwi, ntambira kuri buri rutambiro ikimasa n’impfizi y’intama.”

5 Uhoraho aha Balāmu ubutumwa kugira ngo abushyikirize Balaki.

6 Balāmu asanga Balaki ahagararanye n’abatware b’Abamowabu, iruhande rw’ibitambo bye bikongorwa n’umuriro.

7 Balāmu arahanura ati:

“Balaki yankuye muri Siriya,

uwo mwami wa Mowabu yankuye mu misozi y’iburasirazuba,

arambwira ati: ‘Ngwino umvumire abakomoka kuri Yakobo,

ngwino usabire nabi Abisiraheli!’

8 Navuma nte abo Imana itavumye?

Nasabira nte nabi abo Uhoraho yatonesheje?

9 Nabitegereje ndi hejuru y’ibitare,

nabarebye ndi mu mpinga y’umusozi.

Ni ubwoko butuye bwonyine,

bwitandukanyije n’andi mahanga.

10 Abakomoka kuri Yakobo ni benshi nk’umukungugu!

No kubara kimwe cya kane cy’Abisiraheli biraruhije!

Icyampa nkipfira ndi intungane nka bo,

icyampa iherezo ryanjye rikaba nk’iryabo!”

11 Balaki abwira Balāmu ati: “Ungenje ute? Nakuzaniye kuvuma abanzi banjye none ubasabiye umugisha!”

12 Balāmu aramusubiza ati: “None se singomba kuvuga icyo Uhoraho ambwiye?”

Balāmu asabira Abisiraheli umugisha

13 Balaki arongera aramubwira ati: “Dore hano urareba igice kimwe cy’inkambi y’Abisiraheli gusa. None ngwino nkujyane aho ubasha kubareba bose ubamvumire.”

14 Amujyana ahirengeyemu mpinga y’umusozi wa Pisiga, ahubaka intambiro ndwi, atambira kuri buri rutambiro ikimasa n’impfizi y’intama.

15 Balāmu abwira Balaki ati: “Guma iruhande rw’ibitambo byawe bikongorwa n’umuriro, nanjye ngiye hariya hirya guhanūza Uhoraho.”

16 Uhoraho aha Balāmu ubutumwa kugira ngo abushyikirize Balaki.

17 Balāmu asanga Balaki ahagararanye n’abatware b’Abamowabu, iruhande rw’ibitambo bye bikongorwa n’umuriro. Balaki aramubaza ati: “Uhoraho avuze iki?”

18 Balāmu arahanura ati:

“Balaki we, haguruka wumve,

mwene Sipori, ntega amatwi.

19 Imana si umuntu kugira ngo ibeshye,

si n’ikiremwamuntu kugira ngo yisubireho.

Nta cyo ivuga ngo ibure kugikora,

icyo isezeranye iragisohoza.

20 Yantegetse guhesha Abisiraheli umugisha,

yarawubahaye, sinabihindura.

21 Ntihakabeho ibyago mu bakomoka kuri Yakobo,

umubabaro ntukarangwemuri abo Bisiraheli.

Uhoraho Imana yabo abe hamwe na bo,

ni we mwami bavugiriza impundu.

22 Imana yabakuye mu Misiri,

nibahe imbaraga nk’iz’imbogo.

23 Nta bupfumu bwagira icyo butwara abakomokakuri Yakobo,

nta n’umutukīro wafata Abisiraheli.

Kuva ubu abantu bazatangara bati:

‘Dore ibyo Imana yakoreye Abisiraheli!

24 Ni ubwoko bubaduka nk’intare y’ingore,

buvumbuka nk’intare y’ingabo,

ntiryama itararya umuhigo,

ntiryama itaranywa amaraso y’icyo yishe.’ ”

25 Balaki abwira Balāmu ati: “Niba udashoboye kubavuma, nibura wibasabira umugisha!”

26 Balāmu aramusubiza ati: “Mbese sinakubwiye nti: ‘Icyo Uhoraho avuga ni cyo ndi bukore?’ ”

Balāmu yongera guhesha Abisiraheli umugisha

27 Balaki abwira Balāmu ati: “Ngwino nkujyane ahandi hantu. Ahari Imana irakunda ko ubamvumira.”

28 Balaki amujyana mu mpinga ya Pewori ahitegeye ubutayu.

29 Balāmu abwira Balaki kumwubakishiriza aho hantu intambiro ndwi, no kumushakira ibimasa birindwi n’amapfizi y’intama arindwi.

30 Balaki abigenza nk’uko Balāmu abivuze, atambira kuri buri rutambiro ikimasa n’impfizi y’intama.

Categories
Ibarura

Ibarura 24

1 Balāmu abonye ko Uhoraho ashaka guha Abisiraheli umugisha, ntiyajya guhanūza nka mbere, ahubwo arahindukira areba mu butayu,

2 abona Abisiraheli bashinze amahema bakurikije imiryango yabo. Mwuka w’Imana amuzaho,

3 maze Balāmu arahanura ati:

“Nimwumve ubutumwa bwa Balāmu mwene Bewori,

nimwumve ubutumwa bw’umuntu ubonekerwa.

4 Ni ubutumwa bw’umuntu wumva amagambo y’Imana,

ni umuntu wabonekewe na Nyirububasha,

ni umuntu utwarwa mu iyerekwa akareba.

5 “Mbega ngo amahema y’abakomoka kuri Yakobo araba meza!

Mbega ukuntu amahema y’Abisiraheli ashinze neza!

6 Bazamera nk’imigezi itemba mu bikombe,

bazamera nk’imirima yegereye uruzi,

bazamera nk’ibiti by’imisagavubyatewe n’Uhoraho,

bazamera nk’amasederi yameze iruhande rw’amazi.

7 Amariba yabo ntazakama,

imbuto batera ntizizabura amazi yo kuzivomēra.

Umwami wabo azarusha Agagigukomera,

ubwami bwabo buzashyirwa hejuru.

8 Imana yabakuye mu Misiri,

izabaha imbaraga nk’iz’imbogo.

Amahanga abarwanya bazayamira bunguri,

bazamenagura amagufwa yayo,

bazayarasa imyambi bayahamye.

9 Bazaryama nk’intare y’ingabo ihāze,

uzabashotōra azabona ishyano!

Uzabasabira umugisha na we azawuhabwe,

uzabavuma na we azavumwe!”

10 Balaki arakarira Balāmu cyane akubita agatoki ku kandi, aramubwira ati: “Nagutumiriye kuvuma abanzi banjye, none ubahesheje umugisha incuro eshatu!

11 Hoshi subira iwanyu! Nari nakubwiye ko nzaguhemba bishimishije, none Uhoraho arabikuvukije.”

12 Balāmu aramusubiza ati: “Nabwiye abo wantumyeho ko

13 naho wampa ifeza n’izahabu byuzuye ingoro yawe, ntaca ku itegeko ry’Uhoraho. Ku bwanjye sinshobora gutanga umugisha cyangwa kuvuma, ngomba kuvuga gusa icyo Uhoraho ambwiye.

Balāmu ahanura iby’umwami wa Isiraheli

14 Ariko ntarasubira iwacu, reka nkumenyeshe uko Abisiraheli bazagenza ubwoko bwawe mu bihe bizaza.”

15 Nuko Balāmu arahanura ati:

“Nimwumve ubutumwa bwa Balāmu mwene Bewori,

nimwumve ubutumwa bw’umuntu ubonekerwa.

16 Ni ubutumwa bw’umuntu wumva amagambo y’Imana,

ni umuntu usobanukiwe n’ubwenge bw’Isumbabyose,

ni umuntu wabonekewe na Nyirububasha,

ni umuntu utwarwa mu iyerekwa akareba.

17 “Ndareba umuntu wo mu gihe kizaza,

ndamwitegereza ariko aracyari kure.

Azakomoka kuri Yakobo,

arabagirana nk’inyenyeri,

ni umwami uzakomoka kuri Isiraheli.

Azamena imitwe y’Abamowabu,

azarimbura Abashetibose.

18 Azigarurira igihugu cy’abanzi be b’Abedomu,

azigarurira imisozi yabo y’i Seyiri,

Abisiraheli bazakomera.

19 Uzakomoka kuri Yakobo azategeka ibyo bihugu,

azarimbura abacitse ku icumu bo mu mijyi yabyo.”

Balāmu ahanura ko abanzi b’Abisiraheli bazarimbuka

20 Balāmu yeretswe iby’Abamaleki, arahanura ati:

“Abamaleki barusha andi mahanga gukomera,

ariko amaherezo bazarimbuka.”

21 Yeretswe n’iby’Abakeni, arahanura ati:

“Aho mutuye harakomeye,

hameze nk’icyari kiri ahirengeye ku rutare.

22 Ariko Abakeni bazakongorwa n’umuriro,

Abanyashūru bazabajyana ho iminyago.”

23 Arongera arahanura ati:

“Mbega ishyano!

Imana nikora ibyo, ni nde uzashobora kurokoka?

24 Abanyashipure bazambuka inyanja,

bazatsinda Abanyashūru n’abakomoka kuri Eberi,

nyamara Abanyashipure na bo bazarimbuka.”

25 Hanyuma Balāmu yisubirira iwabo, Balaki na we asubira iwe.

Categories
Ibarura

Ibarura 25

Abisiraheli basenga Bāli y’i Pewori

1 Igihe Abisiraheli bari i Shitimu, batangira gusambana n’Abamowabukazi.

2 Abamowabu batambiraga imana zabo ibitambo, Abamowabukazi bagatumira Abisiraheli kugira ngo baze kwifatanya na bo. Abisiraheli basangiye na bo inyama z’ibyo bitambo, kandi baramya imana zabo.

3 Bityo Abisiraheli bayoboka ikigirwamana Bāli y’i Pewori, birakaza Uhoraho cyane.

4 Abwira Musa ati: “Koranya abatware bose b’Abisiraheli, ubamanikeku mugaragaro imbere y’Ihema ryanjye, maze ndeke kurakarira Abisiraheli.”

5 Musa abwira abacamanza b’Abisiraheli ati: “Abo mu bantu mushinzwe bayobotse Bāli y’i Pewori, mubice!”

6 Abisiraheli bakiri imbere y’Ihema ry’ibonaniro baririra abishwe, umugabo w’Umwisiraheli azana Umumidiyanikazi mu nkambi, Musa n’abandi Bisiraheli babireba.

7 Finehasi mwene Eleyazari mwene Aroni umutambyi abibonye, ahaguruka mu ikoraniro ajya gushaka icumu.

8 Yinjira mu ihema ry’uwo Mwisiraheli amusanga aho yari aryamanye n’uwo mugore, abatera icumu rirabahinguranya. Nuko icyorezo cyari cyateye Abisiraheli kirashira.

9 Icyo cyorezo cyishe abantu ibihumbi makumyabiri na bine.

10 Hanyuma Uhoraho abwira Musa ati:

11 “Finehasi mwene Eleyazari mwene Aroni umutambyi yafushye mu cyimbo cyanjye, ntiyihanganira ko Abisiraheli banyimūra. Ni we watumye ndeka kubarakarira, naho ubundi mba nabatsembye.

12 None umubwire ko musezeranyije kuzamuha amahoro.

13 Kubera ko yandwaniye ishyaka agahongerera Abisiraheli, musezeranyije ko we n’abazamukomokaho bazaba abatambyi uko ibihe bihaye ibindi.”

14 Umwisiraheli wicanywe n’Umumidiyanikazi, yitwaga Zimuri mwene Salu, umwe mu batware b’amazu y’Abasimeyoni.

15 Umumidiyanikazi bicanywe, yitwaga Kozibi mwene Suri, wari umwe mu batware b’amazu y’Abamidiyani.

16 Nuko Uhoraho abwira Musa ati:

17 “Nimutere Abamidiyani mubice.

18 Ni bo banzi babashutsemuracumura, mu byabereye i Pewori no ku bya Kozibi umukobwa w’umutware wabo. Kozibi uwo ni we watewe icumu igihe nabatezaga icyorezo kubera iby’i Pewori.”

Categories
Ibarura

Ibarura 26

Ibarura rya kabiri ry’Abisiraheli

1 Nyuma y’icyo cyorezo, Uhoraho abwira Musa na Eleyazari mwene Aroni umutambyi ati:

2 “Nimubarure Abisiraheli bose mukurikije amazu yabo, muhereye ku bafite imyaka makumyabiri bashobora kujya ku rugamba.”

3 Musa n’umutambyi Eleyazari babibwirira Abisiraheli mu kibaya cya Mowabu, iburasirazuba bw’uruzi rwa Yorodani, ahateganye n’i Yeriko.

4 Babigenza nk’uko Uhoraho yabitegetse Musa.

Dore imiryango y’Abisiraheli yavuye mu Misiri.

5 Umuryango wa Rubeni impfura ya Yakobo wari ugizwe n’amazu akurikira: Abahanoki bakomoka kuri Hanoki, n’Abapalu bakomoka kuri Palu.

6 Abahesironi bakomoka kuri Hesironi, n’Abakarumi bakomoka kuri Karumi.

7 Ayo ni yo mazu y’Abarubeni, yari agizwe n’abagabo ibihumbi mirongo ine na bitatu na magana arindwi mirongo itatu.

8 Abakomoka kuri Palu ni Eliyabu,

9 n’abahungu be Nemuweli na Datani na Abiramu. Datani na Abiramu ni bo bari bahagarariye Abisiraheli bigometse kuri Musa na Aroni. Bari bafatanyije na Kōra kugomera Uhoraho,

10 ubutaka burasaduka burabamira, bapfira rimwe na Kōra na bagenzi be magana abiri na mirongo itanu bakongowe n’umuriro. Ibyo byabereyeho kuburira abandi.

11 Ariko abakomoka kuri Kōra bo ntibishwe.

12 Umuryango wa Simeyoni wari ugizwe n’amazu akurikira: Abanemuweli bakomoka kuri Nemuweli, n’Abayamini bakomoka kuri Yamini, n’Abayakini bakomoka kuri Yakini.

13 Abazera bakomoka kuri Zera, n’Abashawuli bakomoka kuri Shawuli.

14 Ayo ni yo mazu y’Abasimeyoni, yari agizwe n’abagabo ibihumbi makumyabiri na bibiri na magana abiri.

15 Umuryango wa Gadi wari ugizwe n’amazu akurikira: Abasefoni bakomoka kuri Sefoni, n’Abahagi bakomoka kuri Hagi, n’Abashuni bakomoka kuri Shuni.

16 Abozini bakomoka kuri Ozini, n’Aberi bakomoka kuri Eri.

17 Abarodi bakomoka kuri Arodi, n’Abarēli bakomoka kuri Arēli.

18 Ayo ni yo mazu y’Abagadi, yari agizwe n’abagabo ibihumbi mirongo ine na magana atanu.

19 Abahungu babiri ba Yuda, Eri na Onani, bapfiriye mu gihugu cya Kanāni.

20 Ni yo mpamvu umuryango wa Yuda wari ugizwe n’amazu akurikira: Abashela bakomoka kuri Shela, n’Abazera bakomoka kuri Zera, n’Abaperesi bakomoka kuri Perēsi.

21 Mu Baperēsi harimo Abahesironi bakomoka kuri Hesironi, n’Abahamuli bakomoka kuri Hamuli.

22 Ayo ni yo mazu y’Abayuda, yari agizwe n’abagabo ibihumbi mirongo irindwi na bitandatu na magana atanu.

23 Umuryango wa Isakari wari ugizwe n’amazu akurikira: Abatola bakomoka kuri Tola, n’Abapuwa bakomoka kuri Puwa.

24 Abayashubu bakomoka kuri Yashubu, n’Abashimuroni bakomoka kuri Shimuroni.

25 Ayo ni yo mazu y’Abisakari, yari agizwe n’abagabo ibihumbi mirongo itandatu na bine na magana atatu.

26 Umuryango wa Zabuloni wari ugizwe n’amazu akurikira: Abaseredi bakomoka kuri Seredi, n’Abeloni bakomoka kuri Eloni, n’Abayahilēli bakomoka kuri Yahilēli.

27 Ayo ni yo mazu y’Abazabuloni, yari agizwe n’abagabo ibihumbi mirongo itandatu na magana atanu.

28 Yozefu yari afite abahungu babiri, Manase na Efurayimu.

29 Umuryango wa Manase wari ugizwe n’amazu akurikira: Abamakiri bakomoka kuri Makiri, n’Abagileyadi bakomoka kuri Gileyadi mwene Makiri.

30 Abagileyadi bari bagizwe n’amazu akurikira: Abayezeri bakomoka kuri Yezeri, n’Abaheleki bakomoka kuri Heleki.

31 Abasiriyēli bakomoka kuri Asiriyēli, n’Abashekemu bakomoka kuri Shekemu.

32 Abashemida bakomoka kuri Shemida, n’Abaheferi bakomoka kuri Heferi.

33 Selofehadi mwene Heferi nta bahungu yabyaye, yabyaye abakobwa gusa. Abakobwa be bitwaga Mahila na Nowa na Hogila, na Milika na Tirusa.

34 Ayo ni yo mazu y’Abamanase, yari agizwe n’abagabo ibihumbi mirongo itanu na bibiri na magana arindwi.

35 Umuryango wa Efurayimu wari ugizwe n’amazu akurikira: Abashutela bakomoka kuri Shutela, n’Ababekeri bakomoka kuri Bekeri, n’Abatahani bakomoka kuri Tahani.

36 Mu Bashutela harimo Aberani bakomoka kuri Erani.

37 Ayo ni yo mazu y’Abefurayimu, yari agizwe n’abagabo ibihumbi mirongo itatu na bibiri na magana atanu.

Ngabo abakomoka kuri Yozefu hakurikijwe amazu yabo.

38 Umuryango wa Benyamini wari ugizwe n’amazu akurikira: Ababela bakomoka kuri Bela, n’Abashibeli bakomoka kuri Ashibeli, n’Abahiramu bakomoka kuri Ahiramu.

39 Abashufamu bakomoka kuri Shufamu, n’Abahufamu bakomoka kuri Hufamu.

40 Mu Babela harimo Abaridi bakomoka kuri Aridi, n’Abanāmani bakomoka kuri Nāmani.

41 Ayo ni yo mazu y’Ababenyamini, yari agizwe n’abagabo ibihumbi mirongo ine na bitanu na magana atandatu.

42 Umuryango wa Dani wari ugizwe n’inzu y’Abashuhamu bakomoka kuri Shuhamu.

43 Inzu y’Abashuhamu yari igizwe n’abagabo ibihumbi mirongo itandatu na bine na magana ane.

44 Umuryango wa Ashēri wari ugizwe n’amazu akurikira: Abayimuna bakomoka kuri Yimuna, n’Abayishiwi bakomoka kuri Yishiwi, n’Ababeriya bakomoka kuri Beriya.

45 Mu Baberiya harimo Abaheberi bakomoka kuri Heberi, n’Abamalikiyeli bakomoka kuri Malikiyeli.

46 Ashēri yari afite n’umukobwa witwa Sera.

47 Ayo ni yo mazu y’Abashēri, yari agizwe n’abagabo ibihumbi mirongo itanu na bitatu na magana ane.

48 Umuryango wa Nafutali wari ugizwe n’amazu akurikira: Abayahisēli bakomoka kuri Yahisēli, n’Abaguni bakomoka kuri Guni.

49 Abayeseri bakomoka kuri Yeseri, n’Abashilemu bakomoka kuri Shilemu.

50 Ayo ni yo mazu y’Abanafutali, yari agizwe n’abagabo ibihumbi mirongo ine na bitanu na magana ane.

51 Abagabo bose b’Abisiraheli babaruwe, bari ibihumbi magana atandatu na kimwe na magana arindwi mirongo itatu.

52 Uhoraho abwira Musa ati:

53 “Ngiyo imiryango izagabana igihugu cya Kanāni, bakurikije umubare w’abari muri buri muryango.

54 Umuryango munini uzahabwe umugabane munini, umuryango muto uhabwe umugabane muto, hakurikijwe ababaruwe.

55 Buri muryango uzahabwe umugabane hakoreshejwe ubufindo,

56 kugira ngo bamenye ahazatuzwa imiryango minini cyangwa imito.”

57 Umuryango wa Levi na wo warabaruwe. Wari ugizwe n’amazu akurikira: Abagerishoni bakomoka kuri Gerishoni, n’Abakehati bakomoka kuri Kehati, n’Abamerari bakomoka kuri Merari.

58 Muri ayo mazu harimo n’Abalibuni n’Abaheburoni, n’Abamahili n’Abamushi n’Abakōra. Kehati yabyaye Amuramu.

59 Amuramu uwo arongora Yokebedi, umukobwa Levi yabyariye mu Misiri. Yokebedi na Amuramu babyaranye Aroni na Musa, na mushiki wabo Miriyamu.

60 Aroni yabyaye Nadabu na Abihu, na Eleyazari na Itamari,

61 ariko Nadabu na Abihu bishwe bazize kuzana imbere y’Uhoraho umuriro udakwiye.

62 Abalevi b’igitsinagabo bose bamaze ukwezi n’abakurengeje, bari ibihumbi makumyabiri na bitatu. Ntibabaruwe kimwe n’abandi Bisiraheli, kubera ko nta mugabane w’ubutaka bagombaga kubona.

63 Ngiryo ibarura Musa n’umutambyi Eleyazari bakoze igihe Abisiraheli bari mu kibaya cya Mowabu, iburasirazuba bw’uruzi rwa Yorodani, ahateganye n’i Yeriko.

64 Mu babaruwe icyo gihe, nta muntu n’umwe mu babaruwe na Musa n’umutambyi Aroni mu butayu bwa Sinayi wari ukiriho,

65 uretse Kalebu mwene Yefune na Yozuwe mwene Nuni. Abandi bose bari baraguye mu butayu, nk’uko Uhoraho yari yarabivuze.

Categories
Ibarura

Ibarura 27

Gakondo y’abadasize abahungu

1 Mahila na Nowa na Hogila, na Milika na Tirusa bari abakobwa ba Selofehadi mwene Heferi, mwene Gileyadi mwene Makiri, mwene Manase mwene Yozefu.

2 Abo bakobwa baza imbere ya Musa n’umutambyi Eleyazari n’abatware n’ikoraniro ryose, ku muryango w’Ihema ry’ibonaniro baravuga bati:

3 “Data yapfiriye mu butayu nta bahungu asize. Yapfuye azize ibyaha bye, ariko ntiyari mu bafatanyije na Kōra kugomera Uhoraho.

4 Ntibikwiye rero ko inzu ya data izima kubera ko atabyaye abahungu. Nimuduhe gakondo kimwe na bene wacu.”

5 Musa ashyikiriza Uhoraho ikibazo cyabo.

6 Uhoraho aramusubiza ati:

7 “Ibyo abakobwa ba Selofehadi bavuga bifite ishingiro, ubahe ibyari kuba ibya se, bagire gakondo kimwe na bene wabo.

8 Kandi ubwire Abisiraheli ko umuntu napfa adasize umuhungu, gakondo ye izajya ihabwa umukobwa we.

9 Niba nta mukobwa afite, gakondo ye ijye ihabwa abavandimwe be.

10 Niba nta bavandimwe afite, ijye ihabwa ba se wabo.

11 Niba nta se wabo afite, ijye ihabwa uwo bafitanye isano ya bugufi abe ari we uyiragwa. Ibibazo nk’ibyo Abisiraheli bajye babikemura batyo.” Uko ni ko Uhoraho yategetse Musa.

Yozuwe atorerwa gusimbura Musa

12 Uhoraho abwira Musa ati: “Uzazamuke ujye mu mpinga y’uriya musozi wo mu bisi bya Abarīmu, uterere amaso witegereze igihugu nahaye Abisiraheli.

13 Numara kucyitegereza uzapfa nka mukuru wawe Aroni,

14 kubera ko mutanyumviye ngo mwereke Abisiraheli ubuziranenge bwanjye, cya gihe banyijujutiraga babuze amazi i Meriba.” Meriba ni ya sōko yo hafi y’i Kadeshi mu butayu bwa Tsini.

15 Nuko Musa abwira Uhoraho ati:

16 “Uhoraho Mana, ni wowe ubeshaho abo waremye. Shyiraho umuntu wo kuyobora Abisiraheli

17 mu gihe bazaba bari mu ngendo, cyangwa bagabye igitero cyangwa bavuye ku rugamba, be kuba nk’intama zitagira umushumba.”

18-19 Uhoraho asubiza Musa ati: “Nahaye Yozuwe mwene Nuni Mwuka wanjye, none muhamagare umuhagarike imbere y’umutambyi Eleyazari n’Abisiraheli bose, umurambikeho ibiganza maze utangaze ko ari we uzagusimbura.

20 Umuhe ku butegetsi bwawe kugira ngo Abisiraheli bose bamwumvire.

21 Yozuwe na we ajye yiyambaza umutambyi Eleyazari kugira ngo amenye icyo nshaka, kandi angishe inama akoresheje Urimu. Bityo Yozuwe n’Abisiraheli bose bazajya bumvira Eleyazari mu byo bakora byose.”

22 Musa abigenza nk’uko Uhoraho yamutegetse, ahagarika Yozuwe imbere y’umutambyi Eleyazari n’Abisiraheli bose,

23 amurambikaho ibiganza. Musa atangaza ko ari we uzamusimbura nk’uko Uhoraho yari yabimutegetse.

Categories
Ibarura

Ibarura 28

Ibitambo bikongorwa n’umuriro bya buri munsi

1 Uhoraho ategeka Musa

2 kubwira Abisiraheli ati: “Mu bihe byategetswe mujye munzanira ibyokurya by’amaturo atwikwa, kugira ngo impumuro yayo inshimishe.

3 Dore amaturo atwikwa muzajya muntura: buri munsi mujye muzana abana b’intama babiri badafite inenge kandi batarengeje umwaka, mubanture ho igitambo gikongorwa n’umuriro.

4 Umwe mujye muwutamba mu gitondo, undi nimugoroba,

5 muwuturane n’ikiro cy’ifu ivanze na litiro y’amavuta y’iminzenze.

6 Ibyo bitambo bikongorwa n’umuriro bya buri munsi, byatambiwe bwa mbere ku musozi wa Sinayi. Ni amaturo atwikwa, impumuro yayo ikanshimisha.

7 Igihe mutamba umwana w’intama mu gitondo mujye muntura n’ituro risukwa, musuke litiro ya divayi mu rugo rw’Ihema ryanjye.

8 N’igihe mutamba umwana w’intama nimugoroba, mujye mwongera munture ituro ry’ibinyampeke n’irisukwa. Impumuro y’ayo maturo atwikwa iranshimisha.

Ibitambo byo ku munsi w’isabato

9 “Ku munsi w’isabato, mujye muntura abana b’intama babiri badafite inenge kandi batarengeje umwaka, n’ibiro bibiri by’ifu ivanze n’amavuta n’ituro risukwa ryabigenewe.

10 Ibyo bitambo byo ku isabato mujye mubyongera ku bisanzwe bya buri munsi, no ku maturo asukwa yabigenewe.

Ibitambo bya buri kwezi

11 “Ku itariki ya mbere ya buri kwezi, mujye muntura ibimasa bibiri n’impfizi y’intama, n’abana b’intama barindwi batarengeje umwaka, byose bidafite inenge, mubitambe ho ibitambo bikongorwa n’umuriro.

12 Buri tungo mujye muriturana n’ituro ry’ibinyampeke, ry’ifu ivanze n’amavuta y’iminzenze ku buryo bukurikira: buri kimasa mujye mugiturana n’ibiro bitatu by’ifu, impfizi y’intama muyiturane n’ibiro bibiri,

13 naho buri mwana w’intama muwuturane n’ikiro kimwe. Impumuro y’ibyo bitambo bikongorwa n’umuriro n’amaturo atwikwa iranshimisha.

14 Buri tungo kandi mujye muriturana n’ituro risukwa rya divayi ku buryo bukurikira: buri kimasa mujye mugiturana na litiro ebyiri, impfizi y’intama muyiturane na litiro imwe n’igice, naho buri mwana w’intama muwuturane na litiro imwe. Ibyo ni byo bitambo muzajya muntambira ku itariki ya mbere ya buri kwezi.

15 Uwo munsi mujye muntura n’isekurume y’ihene y’igitambo cyo guhongerera ibyaha, muyongere ku bitambo bikongorwa n’umuriro bya buri munsi, no ku maturo asukwa yabigenewe.

Pasika n’iminsi mikuru y’imigati idasembuye

16 “Ku itariki ya cumi n’enye y’ukwezi kwa mbere mujye munyizihiriza Pasika.

17 Naho ku itariki ya cumi n’eshanu y’uko kwezi, mutangire kwizihiza iminsi mikuru y’imigati idasembuye imara iminsi irindwi.

18 Mujye muyitangiza ikoraniro ryo kunsenga, mwe kugira imirimo mukora uwo munsi.

19 Mujye munzanira aya maturo atwikwa: ibimasa bibiri n’impfizi y’intama, n’abana b’intama barindwi batarengeje umwaka, byose bidafite inenge, mubitambe ho ibitambo bikongorwa n’umuriro.

20 Buri tungo mujye muriturana n’ituro ry’ibinyampeke ry’ifu ivanze n’amavuta ku buryo bukurikira: buri kimasa mujye mugiturana n’ibiro bitatu by’ifu, impfizi y’intama muyiturane n’ibiro bibiri,

21 naho buri mwana w’intama muwuturane n’ikiro kimwe.

22 Uwo munsi mujye muntura n’isekurume y’ihene y’igitambo cyo guhongerera ibyaha byanyu.

23 Ibyo bitambo mujye mubyongera ku gitambo gikongorwa n’umuriro gisanzwe cy’icyo gitondo.

24 Muri iyo minsi uko ari irindwi, mujye muntura ibyokurya by’amaturo atwikwa. Impumuro yayo iranshimisha. Mujye mubyongera ku bitambo bikongorwa n’umuriro bya buri munsi, no ku maturo asukwa yabigenewe.

25 Ku munsi wa karindwi, mujye mukora irindi koraniro ryo kunsenga, mwe kugira imirimo mukora.

Umunsi mukuru w’isarura ry’ibinyampeke

26 “Ku munsi mukuru w’isarura ry’ibinyampeke, mujye mukora ikoraniro ryo kunsenga, munture n’ituro ry’umuganura w’ibinyampeke, mwe kugira imirimo mukora.

27 Mujye muntura n’ibimasa bibiri n’impfizi y’intama, n’abana b’intama barindwi batarengeje umwaka, mubitambe ho ibitambo bikongorwa n’umuriro.

28 Buri tungo mujye muriturana n’ituro ry’ibinyampeke ry’ifu ivanze n’amavuta ku buryo bukurikira: buri kimasa mujye mugiturana n’ibiro bitatu by’ifu, impfizi y’intama muyiturane n’ibiro bibiri,

29 naho buri mwana w’intama muwuturane n’ikiro kimwe.

30 Mujye muntura n’isekurume y’ihene y’igitambo cyo guhongerera ibyaha byanyu.

31 Ayo matungo yose agomba kuba adafite inenge. Ibyo bitambo mujye mubyongera ku bitambo bikongorwa n’umuriro bya buri munsi, no ku maturo y’ibinyampeke n’asukwa yabigenewe.”

Categories
Ibarura

Ibarura 29

Umunsi wo kuvuza impanda

1 Uhoraho akomeza kubwira Musa ati: “Ku itariki ya mbere y’ukwezi kwa karindwintimukagire imirimo mukora, ahubwo mujye mukora ikoraniro ryo kunsenga, muritangaze muvuza impanda.

2 Mujye muntura ikimasa n’impfizi y’intama, n’abana b’intama barindwi batarengeje umwaka, byose bidafite inenge, mubitambe ho ibitambo bikongorwa n’umuriro. Impumuro yabyo iranshimisha.

3 Buri tungo mujye muriturana n’ituro ry’ibinyampeke ry’ifu ivanze n’amavuta y’iminzenze ku buryo bukurikira: ikimasa mujye mugiturana n’ibiro bitatu by’ifu, impfizi y’intama muyiturane n’ibiro bibiri,

4 naho buri mwana w’intama muwuturane n’ikiro kimwe.

5 Mujye muntura n’isekurume y’ihene y’igitambo cyo guhongerera ibyaha byanyu.

6 Mujye mubyongera ku bitambo bikongorwa n’umuriro bya buri kwezi n’ibya buri munsi, no ku maturo y’ibinyampeke n’asukwa yabigenewe. Impumuro y’ayo maturo atwikwa iranshimisha.

Umunsi w’impongano

7 “Ku itariki ya cumi y’uko kwezi kwa karindwi ntimukagire imirimo mukora, ahubwo mujye mwigomwa kurya, mukore ikoraniro ryo kunsenga.

8 Mujye muntura ikimasa n’impfizi y’intama, n’abana b’intama barindwi batarengeje umwaka, byose bidafite inenge, mubitambe ho ibitambo bikongorwa n’umuriro. Impumuro yabyo iranshimisha.

9 Buri tungo mujye muriturana n’ituro ry’ibinyampeke ry’ifu ivanze n’amavuta ku buryo bukurikira: ikimasa mujye mugiturana n’ibiro bitatu by’ifu, impfizi y’intama muyiturane n’ibiro bibiri,

10 naho buri mwana w’intama muwuturane n’ikiro kimwe.

11 Mujye muntura n’isekurume y’ihene y’igitambo cyo guhongerera ibyaha, muyizanane na ya yindi yo gukuraho ibyaha byanyu. Mujye mubyongera ku bitambo bikongorwa n’umuriro bya buri munsi, no ku maturo y’ibinyampeke n’asukwa yabigenewe.

Iminsi mikuru y’ingando

12 “Ku itariki ya cumi n’eshanu y’uko kwezi kwa karindwi, mujye muza mumare icyumweru munyizihiza. Uwo munsi ntimukagire imirimo mukora, ahubwo mujye mukora ikoraniro ryo kunsenga.

13 Mujye muntura ibimasa cumi na bitatu n’amapfizi y’intama abiri, n’abana b’intama cumi na bane batarengeje umwaka, byose bidafite inenge, mubitambe ho ibitambo bikongorwa n’umuriro. Impumuro y’ayo maturo atwikwa iranshimisha.

14 Buri tungo mujye muriturana n’ituro ry’ibinyampeke ry’ifu ivanze n’amavuta ku buryo bukurikira: buri kimasa mujye mugiturana n’ibiro bitatu by’ifu, buri mpfizi y’intama muyiturane n’ibiro bibiri,

15 naho buri mwana w’intama muwuturane n’ikiro kimwe.

16 Mujye muntura n’isekurume y’ihene y’igitambo cyo guhongerera ibyaha. Ibyo bitambo mujye mubyongera ku bitambo bikongorwa n’umuriro bya buri munsi, no ku maturo y’ibinyampeke n’asukwa yabigenewe.

17 “Ku munsi wa kabiri, mujye muntambira ibimasa cumi na bibiri n’amapfizi y’intama abiri, n’abana b’intama cumi na bane batarengeje umwaka, byose bidafite inenge.

18 Mujye mubiturana n’amaturo y’ibinyampeke n’asukwa yabigenewe,

19 n’isekurume y’ihene y’igitambo cyo guhongerera ibyaha. Ibyo bitambo mujye mubyongera ku bitambo bikongorwa n’umuriro bya buri munsi, no ku maturo y’ibinyampeke n’asukwa yabigenewe.

20 “Ku munsi wa gatatu, mujye muntambira ibimasa cumi na kimwe n’amapfizi y’intama abiri, n’abana b’intama cumi na bane batarengeje umwaka, byose bidafite inenge.

21 Mujye mubiturana n’amaturo y’ibinyampeke n’asukwa yabigenewe,

22 n’isekurume y’ihene y’igitambo cyo guhongerera ibyaha. Ibyo bitambo mujye mubyongera ku bitambo bikongorwa n’umuriro bya buri munsi, no ku maturo y’ibinyampeke n’asukwa yabigenewe.

23 “Ku munsi wa kane, mujye muntambira ibimasa icumi n’amapfizi y’intama abiri, n’abana b’intama cumi na bane batarengeje umwaka, byose bidafite inenge.

24 Mujye mubiturana n’amaturo y’ibinyampeke n’asukwa yabigenewe,

25 n’isekurume y’ihene y’igitambo cyo guhongerera ibyaha. Ibyo bitambo mujye mubyongera ku bitambo bikongorwa n’umuriro bya buri munsi, no ku maturo y’ibinyampeke n’asukwa yabigenewe.

26 “Ku munsi wa gatanu, mujye muntambira ibimasa icyenda n’amapfizi y’intama abiri n’abana b’intama cumi na bane batarengeje umwaka, byose bidafite inenge.

27 Mujye mubiturana n’amaturo y’ibinyampeke n’asukwa yabigenewe,

28 n’isekurume y’ihene y’igitambo cyo guhongerera ibyaha. Ibyo bitambo mujye mubyongera ku bitambo bikongorwa n’umuriro bya buri munsi, no ku maturo y’ibinyampeke n’asukwa yabigenewe.

29 “Ku munsi wa gatandatu, mujye muntambira ibimasa umunani n’amapfizi y’intama abiri, n’abana b’intama cumi na bane batarengeje umwaka, byose bidafite inenge.

30 Mujye mubiturana n’amaturo y’ibinyampeke n’asukwa yabigenewe,

31 n’isekurume y’ihene y’igitambo cyo guhongerera ibyaha. Ibyo bitambo mujye mubyongera ku bitambo bikongorwa n’umuriro bya buri munsi, no ku maturo y’ibinyampeke n’asukwa yabigenewe.

32 “Ku munsi wa karindwi, mujye muntambira ibimasa birindwi n’amapfizi y’intama abiri, n’abana b’intama cumi na bane batarengeje umwaka, byose bidafite inenge.

33 Mujye mubiturana n’amaturo y’ibinyampeke n’asukwa yabigenewe,

34 n’isekurume y’ihene y’igitambo cyo guhongerera ibyaha. Ibyo bitambo mujye mubyongera ku bitambo bikongorwa n’umuriro bya buri munsi, no ku maturo y’ibinyampeke n’asukwa yabigenewe.

35 “Ku munsi wa munani, ntimukagire imirimo mukora ahubwo mujye muteranira hamwe,

36 munture ikimasa n’impfizi y’intama n’abana b’intama barindwi batarengeje umwaka, byose bidafite inenge, mubitambe ho ibitambo bikongorwa n’umuriro. Impumuro yabyo iranshimisha.

37 Mujye mubiturana n’amaturo y’ibinyampeke n’asukwa yabigenewe,

38 n’isekurume y’ihene y’igitambo cyo guhongerera ibyaha. Ibyo bitambo mujye mubyongera ku bitambo bikongorwa n’umuriro bya buri munsi, no ku maturo y’ibinyampeke n’asukwa yabigenewe.

39 “Ibyo ni byo muzantura ku minsi mikuru, mubyongeye ku bitambo byanyu byo guhigura umuhigo n’ibikongorwa n’umuriro n’iby’umusangiro, no ku maturo yanyu y’ubushake n’ay’ibinyampeke n’asukwa.”

40 Musa abwira Abisiraheli ibyo Uhoraho yari yamutegetse byose.

Categories
Ibarura

Ibarura 30

Amabwiriza yerekeye imihigo

1 Musa abwira abatware b’imiryango y’Abisiraheli ati: “Nimwumve ibyo Uhoraho yategetse.

2 Umuntu nahiga umuhigo wo gutura Uhoraho ituro cyangwa akarahirira kugira icyo yigomwa, ntagace ku isezerano rye, ahubwo ajye aryubahiriza.

3 “Umukobwa w’inkumi ukiri kwa se nahiga umuhigo wo gutura Uhoraho ituro, cyangwa akarahirira kugira icyo yigomwa,

4 se akabyumva akabyihorera, uwo mukobwa ajye asohoza icyo yasezeranye.

5 Icyakora se nabimubuza ku munsi yabyumviyeho, Uhoraho ntazabihōra uwo mukobwa kuko se azaba yamubujije gusohoza icyo yasezeranye.

6 “Umukobwa nahiga umuhigo cyangwa akagira icyo arahirira atabitekerejeho, agashyingirwa atarasohoza icyo yasezeranye,

7 umugabo we ntabimubuze ku munsi abyumviyeho, umugore we ajye asohoza icyo yasezeranye.

8 Ariko umugabo we nabimubuza uwo munsi, Uhoraho ntazahōra uwo mugore kudasohoza icyo yasezeranye.

9 “Umupfakazi cyangwa umugore wasenzwe, ajye asohoza icyo yasezeranye cyose.

10 “Umugore ufite umugabo nahiga umuhigo cyangwa akarahirira kugira icyo yigomwa,

11 umugabo we akabyumva ntamubuze, uwo mugore ajye asohoza icyo yasezeranye cyose.

12 Ariko umugabo we nabimubuza ku munsi yabyumviyeho, Uhoraho ntazabihōra uwo mugore kuko umugabo we azaba yamubujije gusohoza icyo yasezeranye.

13 Umugabo afite uburenganzira bwo kwemera cyangwa guhakana imihigo umugore we yahize, cyangwa icyo yarahiriye kwigomwa.

14 Natagira icyo amubuza ku munsi yabyumviyeho, azaba yemeye ko umugore we asohoza icyo yasezeranye cyose.

15 Ariko umugabo namubuza kugisohoza nyuma y’uwo munsi, ni we ukwiriye guhanirwa ko umugore we atashohoje icyo yasezeranye.”

16 Ayo ni yo mabwiriza Uhoraho yahaye Musa ku byerekeye imihigo y’abagore, n’abakobwa bakiri kwa se.